Tag: featured

  • Uko Hakizimana Muhadjili wari mu biganiro na Rayon Sports yerekeje muri Police FC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hashize igihe ikipe ya Rayon Sports yifuza gusinyisha rutahizamu Hakizimana Muhadjili wari umaze iminsi akinira ikipe ya AS Kigali, aho ikipe ya Rayon Sports yizeraga ko uyu ari wo mwaka mwiza wo kumusinyisha nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe yari afite.

    Uyu mukinnyi mu mwaka ushize w’imikino ubwo yatandukanaga n’ikipe ya Emirates Fc yo muri Leta ZUnze Ubumwe z’Abarabu, aho nabwo yari yamaze kumvikana na Rayon Sports ariko bikarangira yerekeje muri AS Kigali.

    Hakizimana Muhadjili yamaze kwerekeza muri Police FC avuye muri AS Kigali akiniye umwaka umwe
    Hakizimana Muhadjili yamaze kwerekeza muri Police FC avuye muri AS Kigali akiniye umwaka umwe

    Ubu yari yamaze kumvikana na Rayon Sports, aho yagombaga kuyisinyira kuri uyu wa Gatandatu.

    Kuri iyi nshuro ikipe ya Rayon Sports yari imaze iminsi ikorana ibiganiro n’uyu mukinnyi ndetse byasaga nk’ibyarangiye hasigaye ko umukinnyi ashyira umukono ku masezerano byagombaga gukorwa kuri uyu wa Gatandatu.

    Amakuru atugeraho avuga ko ikipe ya Rayon Sports yari yumvikanye na Hakizimana Muhadjili ko aza kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri ndetse banemeranyijwe ku mafaranga, impande zombi zinemeranya umushahara.

    Kuri uyu wa Gatanu, ni bwo Muhadjili yasubiye kureba abayobozi b’ikipe ya Rayon Sports, amakuru akavuga ko yahageze ibyo bari bumvikanye yabihinduye, byatumye ahita yerekeza mu ikipe ya Police Fc yamuhaye amasezerano y’umwaka umwe kuri Miliyoni 15 Frws, ndetse n’umushahara wa Miliyoni imwe.

    Si Rayon Sports gusa, ikipe ya AS Kigali nayo yifuzaga kuba yakongerera amasezerano Muhadjili ngo azanabafashe mu mikino ya CAF Confederation Cup bazahagarariramo u Rwanda, ariko birangira yerekeje mu ikipe ya Police FC.

    Gusa kugeza ubu ntabwo ikipe ya Police Fc yari yatangaza ku mugaragaro ko yasinyishije uyu mukinnyi, gusa inshuti za hafi y’uyu mukinnyi zemeza ko yamaze kwerekeza muri Police FC


  • Bugesera: Bahembye Akagari kitwaye neza mu kubaka ‘Umudugudu utagira icyaha’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hashize amezi abiri ubwo bukangurambaga butangiye, bukaba buzamara amezi atandatu. Nk’uko byasobanuwe n’Umuhuzabikorwa wa DASSO mu Karere ka Bugesera, Bagambiki Donath, mu kureba abitwaye neza muri ubwo bukangurambaga byashingiwe ku mikorere y’irondo, ikayi y’abinjira, ingamba zashyizweho zo gukumira ihohoterwa n’ iterambere ry’umuryango.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Bugesera CIP Musabyimana Vincent, yavuze ko ashimira ubuyobozi bw’Akagari ka Kagenge kubera imikorere myiza, ari na yo yatumye bahembwa, ariko abasaba gukomeza gukorana imbaraga kugira ngo bashobore gukumira ibyaha, kuko n’abakora ibyaha bakoresha imbaraga. Aho bakeneye imbaraga ziruseho ngo na Polisi izajya ibafasha.

    Muri urwo rwego rw’ubukangurambaga, ku rwego rw’Intara hahembwe Umurenge wabaye uwa mbere mu gukumira ibyaha muri buri Karere mu turere tugize Intara y’Iburasirazuba. Mu Bugesera hahembwe Umurenge wa Ruhuha.

    Akarere ka Bugesera kahembye Akagari ka Kagenge, mu gihe Umurenge wa Mayange wo wahembye Umudugudu wa Murambi.

    Umurenge wabaye uwa mbere wahembwe amafaranga ibihumbi 200 Frw, Akagari gahembwa ibihumbi 100Frw, mu gihe Umudugudu wahembwe ibihumbi 50Frw, hakiyongeraho n’ibyemezo by’ishimwe.

    Urwiririza Seraphine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagenge, yavuze ko kuba bahembwe nk’Akagari kabaye aka mbere mu Bugesera, byabashimishije kuko bivuze ko ibyo bakora bigaragara, kandi bibongereye n’imbaraga zo gukomeza gukora cyane.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yagize ati “Guhemba bigamije kwereka abakora neza ko tubibona. ‘Umudugudu utagira icyaha’ ni ukuntu twifuza kubaho, turi ahantu dutuye ntawuduhohotera, ntawudukurera ikibi…, Igihembo muhawe si kinini, ariko ni ikimenyetso, mukomereze aho, mukorere Abanyarwanda, murwanya ibyaha kuko ibyaha bidindiza iterambere.Turashimira ubuyobozi bw’Akagari ka Kagenge, ariko n’abaturage bakorana n’abo bayobozi.

  • Uko mu minota ya nyuma Hakizimana Muhadjili yongeye gutenguha Rayon Sports #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hashize igihe ikipe ya Rayon Sports yifuza gusinyisha rutahizamu Hakizimana Muhadjili wari umaze iminsi akinira ikipe ya AS Kigali, aho ikipe ya Rayon Sports yizeraga ko uyu ari wo mwaka mwiza wo kumusinyisha nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe yari afite.

    Uyu mukinnyi mu mwaka ushize w’imikino ubwo yatandukanaga n’ikipe ya Emiarates Fc yo muri Leta ZUnze Ubumwe z’Abarabu, aho nabwo yari yamaze kumvikana na Rayon Sports ariko bikarangira yerekeje muri AS Kigali.

    Hakizimana Muhadjili yamaze kwerekeza muri Police FC avuye muri AS Kigali akiniye umwaka umwe
    Hakizimana Muhadjili yamaze kwerekeza muri Police FC avuye muri AS Kigali akiniye umwaka umwe

    Ubu yari yamaze kumvikana na Rayon Sports, aho yagombaga kuyisinyira kuri uyu wa Gatandatu.

    Kuri iyi nshuro ikipe ya Rayon Sports yari imaze iminsi ikorana ibiganiro n’uyu mukinnyi ndetse byasaga nk’ibyarangiye hasigaye ko umukinnyi ashyira umukono ku masezerano byagombaga gukorwa kuri uyu wa Gatandatu.

    Amakuru atugeraho avuga ko ikipe ya Rayon Sports yari yumvikanye na Hakizimana Muhadjili ko aza kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri ndetse banemeranyijwe ku mafaranga, impande zombi zinemeranya umushahara.

    Kuri uyu wa Gatanu, ni bwo Muhadjili yasubiye kureba abayobozi b’ikipe ya Rayon Sports, amakuru akavuga ko yahageze ibyo bari bumvikanye yabihinduye, byatumye ahita yerekeza mu ikipe ya Police Fc yamuhaye amasezerano y’umwaka umwe kuri Miliyoni 15 Frws, ndetse n’umushahara wa Miliyoni imwe.

    Si Rayon Sports gusa, ikipe ya AS Kigali nayo yifuzaga kuba yakongerera amasezerano Muhadjili ngo azanabafashe mu mikino ya CAF Confederation Cup bazahagarariramo u Rwanda, ariko birangira yerekeje mu ikipe ya Police FC.

    Gusa kugeza ubu ntabwo ikipe ya Police Fc yari yatangaza ku mugaragaro ko yasinyishije uyu mukinnyi, gusa inshuti za hafi y’uyu mukinnyi zemeza ko yamaze kwerekeza muri AS Kigali


  • Muhanga: Abarokotse n’abakoze Jenoside bibohoye urwikekwe biteza imbere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igicaniro cy
    Igicaniro cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kigamije guhumuriza Abarokotse Jenoside batishoboye n’Abarinzi b’Igihango bakoze ibikorwa by’indashyikirwa

    Babigaragaje ubwo hasozwaga ukwezi kw’ibikorwa byo kwimakaza amahame y’Ubwiyunge muri ako Karere ahanatangijwe Igicaniro cy’Ubumwe n’Ubwiyunge hagatangwa inka kuri buri murinzi w’Igihango muri buri murenge.

    Abacitse ku icumu rya Jenoside bari mu bagabiwe inka n’inzu z’Ubwiyunge hagamijwe kubahumuriza no gukomeza kubafata mu mugongo mu minsi 100 yo Kwibuka, banagirana ibiganiro mu matsinda bahuriramo n’abagize uruhare muri Jenoside, banitabira ibikorwa byo kuremerana no kwizigamira.

    Nsabamungu Samuel uhagarariye umuryango Ibuka mu Murenge wa Kibangu akaba anayobora itsinda urunana, avuga ko ashimira Leta y’ubumwe yashyizeho Politiki y’Ubumwe n’Ubwiyunge bigatuma yongera kwicarana n’abamuhemukiye ubu bakaba banamugabiye inka.

    Agira ati “Inka nahawe irashimangira Ubumwe n’Ubwiunge na Ndi Umunyarwanda kandi iratuma twibohora ingoyi y’ikibi cyari cyaratubase kuko ubumwe n’ubwiyunge bwamaze kuboneka none mpawe inka izazamura umwana wanjye anywe amata, nzagura ubutaka nkomeze kwibohora ubukene.

    Abagize uruhare muri Jenoside bahamya ko gukorana n
    Abagize uruhare muri Jenoside bahamya ko gukorana n’abo bahemukiye bibafasha gukira ipfunwe n’urwikekwe

    Nsabamungu avuga ko Jenoside imaze guhagarikwa yabaga yigunze kandi atakwegera uwamwiciye umuryango kuko yamubonagamo n’ubundi ubugome, ariko uko imyaka yagiye ishira hanashyirwaho gahunda zitandukanye z’Ubumwe n’Ubwiyunge yageze aho akabohoka akegerana na bo kugeza n’ubwo yiyemeza gukorana na bo ibikorwa byo kwiteza imbere.

    Agira ati “Twari mu bwigunge ariko ubu mbana n’abandi muri gahunda y’itsinda twise urunana rw’Ubwiyunge. Iyo ubumwe n’ubwiyunge bubonetse ubwoba burashira tukibohora tugakora. Imbere hacu turabona hazaba heza, abatwiciye twongeye kubana, banampaye inka na yo izakomeza kumfasha”.

    Munyembabazi Evariste wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko kwisungana n’abo yahemukiye muri Jenoside byamufashije kubohoka agashira ipfunwe ry’ibyo yakoze akongera kuba Umunyarwanda muzima kandi akomeje gufatanya na bo gukorera hamwe bagamije kwigira.

    Agira ati “Nagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Kwibohora ipfunwe n’urwikekwe n’ubwoba, byamfashije kongera kubana neza n’abo nahemukiye ubu nta bwoba nkigira kuko ufite ubwoba ntakora twiyemeje gufashanya icyo umuntu adashoboye kugeraho wenyine tugifatanya nk’itsinda tukagikora”.

    Abagize Urunana banaremerana hagati yabo kugira ngo hatagira uwicwa n
    Abagize Urunana banaremerana hagati yabo kugira ngo hatagira uwicwa n’inzara

    Umubyeyi Mukamparirwa Christiane warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko ibikorwa bibahuza n’ababahemukiye mu itsinda urunana ari umusaruro wo Kwibohora kuko ubundi yahoranaga ubwoba bwo kubegera azi ko bakongera kumugirira nabi bigatuma atisanzura ngo akore yiteze imbere.

    Agira ati “Aba tubana bose barampemukiye, mbere iyo utarabohoka ingoyi y’ikibi ngo uhure n’abaguhemukiye uba wumva ubayeho nabi ariko ubu twarabohotse kubera kuganira na gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge bituma tubasha kwiteza imbere twibohora ubukene, ayo mafaranga dutanga iyo uyaguze itungo urikuraho irindi mbese natwe twakuye amaboko mu mifuka ngo dukore ejo hatagira uduseka”.

    Yongeraho ko ubu ahinga akeza akiteza imbere abari kumwe na we mu itsinda bakamufasha kwiteza imbere.

    Mukakagina Josephine avuga ko Kwibohora ari isoko yo kwigira igihe washize ubwoba ugahura n’abantu batandukanye barimo n’abaguhemukiye. Ahamya ko kuba bamaze kwegerana bagatangira gukorera hamwe bitanga icyize cy’ejo hazaza.

    Agira ati “Itsinda Urunana ryasanze ntishoboye kuko natewe ubumuga na Jenoside ariko bagenzi banjye barimo n’aba bampemukiye bari mu bamfashije bampa ingurube izamfasha kujya mbona umuhinzi wo kumfasha rwose turishimye nta kibazo n’abaduhemukiye turasabana nta kibazo”.

    Mukamparirwa Christiane na Mukakagina Josephine barokotse Jenoside bahamya ko Urunana rwabafashije kwibohora ubwoba bagatangira gukora bakiteza imbere
    Mukamparirwa Christiane na Mukakagina Josephine barokotse Jenoside bahamya ko Urunana rwabafashije kwibohora ubwoba bagatangira gukora bakiteza imbere

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu Jean Claude Gakwerere avuga ko ibikorwa byo kwimakaza amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge byatumye mu Murenge wa Kibangu bahabwa igikombe cy’ubumwe n’ubwiyunge kandi byose byashobotse kubera kwibohora imyumvire mibi abantu bagashyira hamwe ntawe urebera undi mu ndorerwamo y’amako n’ivangura.

    Padiri mukuru wa Paruwasi Kibangu wanatanze inka muri uko kwezi kw’ibikorwa by’ubumwe n’Ubwiyunge avuga ko Kibangu hari amateka mabi kuko ari ho uwari Minisitiri w’Intebe kuri Leta y’Abatabazi Jean Kambanda ari ho yavugiye ijambo rishishikariza Abahutu kwica Abatutsi.

    Asanga aho Kambanda yavugiye ijambo rishishikariza ubwicanyi akanahatangira imbunda nko gutiza ingufu abicanyi no gushyira mu bikorwa Jenoside hakwiye gushyirwa ikimenyetso hakabungabungwa n’ubwo hasobanuye amateka mabi, kuko ubu uyu munsi hari gutangirwa inka z’ubwiyunge mu gihe hatangiwe imbunda zo kurimbura Abatutsi.

    Abanyeshuri biga kuri ES Nyakabanda na bo bigira ku bakuru uko bubaka ubumwe hagati yabo bakaremera abatishoboye
    Abanyeshuri biga kuri ES Nyakabanda na bo bigira ku bakuru uko bubaka ubumwe hagati yabo bakaremera abatishoboye


  • MINAGRI yasobanuye ikibazo cy’amafi apima toni 109 yapfuye mu kiyaga cya Muhazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yasobanuye ko iki kibazo cyatewe n’ukwibirindura kw’amazi, bituma amazi yo munsi yivanga n’ayo hejuru, bizamura ‘algal bloom’ bitera kugabanuka k’umwuka wo mu mazi (Disolved Oxygene) amafi akenera cyane cyane mu ijoro.

    MINAGRI yaboneyeho gusaba aborozi b’amafi bororera muri kareremba gutandukanya kareremba ku buryo umwuka ujya mu mazi uba uhagije, kandi bagashyira kareremba ahantu hari ubujyakuzimu buri hejuru ya metero 8 no gusukura kareremba mu buryo buhoraho. Barasabwa no kuroba amafi makuru ari ahari iki kibazo cyo kubura umwuka.

    Ayo mafi yipfushije ngo kirazira kuyarya. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko irimo gutegura uburyo bwo gushyira ubworozi bw’amafi muri gahunda y’igihugu y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo ya ‘Tekana’. Ibi ngo bizafasha aborozi b’amafi kwirinda ibihombo nk’ibi.

    Soma HANO inkuru ivuga iby’urupfu rw’ayo mafi.

  • Ruhango:Uko abafatanyabikorwa bagize uruhare mu guhindura imibereho y’abaturage – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Ruhango, Rusiribana JMV, avuga ko abafatanyabikorwa bagize uruhare runini mu kwesa imihigo kuko umwaka wa 2020/21 bari bafite imihigo 94 harimo 20 yo mu bukungu, 54 yo mu mibereho myiza na 20 yo mu miyoborere.

    Ati “Uyu mwaka abafatanyabikorwa b’akarere uruhare rwabo rukomeye rwajemo rwanganaga na miliyari ebyiri na miliyoni zisaga 679. Ni uruhare rukomeye mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.”

    Yavuze ko muri yo miliyoni 917 zifashishijwe mu bukungu, miliyari imwe na miliyoni 564 zashyizwe mu mibereho myiza y’abaturage naho miliyoni 197 zikoreshwa mu miyoborere myiza.

    Umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Karere ka Ruhango, Linziziki Damien, avuga ko buri mufatanyabikorwa agaragaza ibikorwa azakora hagamijwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

    Ati “Buri mufatanyabikorwa areba ibyo ashobora gukora biri mu igenamigambi ry’akarere akabigaragariza akarere noneho na ko kakabishyira hamwe n’iby’abandi kugira ngo bizashyirwe mu bikorwa.”

    Ahubatse ubwiherero n’icyumba cy’umukobwa hashyizwe n’ikigega gifata amazi

    Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Karere ka Ruhango rigizwe n’imiryango itari iya Leta, imiryango ishingiye ku myemerere, ibigo bya Leta bikorera mu karere n’abikorera.

    Mu byo bakoze uyu mwaka harimo gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruro, gutanga amahugurwa ku bahinzi no gufata neza umusaruro, gufasha imiryango kubona ibiti by’imbuto ziribwa bisaga 7200 n’ibiti by’ishyamba bisaga ibihumbi 59.

    Bagize uruhare mu gufasha abaturage gukora ifumbire y’imborera, kubaka umuyoboro w’amazi mu wa kilometero 12 n’amavomo 30; bubatse ibyumba by’amashuri umunani n’ubwiherero 16; ibyumba umunani by’umukobwa; imiryango itishoboye yafashijwe kubona amacumbi ndetse igera kuri 36 ihabwa inka n’ibindi.

    Umuhinzi w’imyumbati, Nsengimana Onesme, avuga ko ko umusaruro wiyongereye kubera kwigishwa kuyihinga kijyambere.

    Ati “Umusaruro mbasha kubona kuri hegitari ungana na toni 30 kugeza kuri toni 32. Guhinga imyumbati nabigize umwuga kugeza uyu munsi mpingira isoko, ibyo kuvuga ngo ndahingira inda ntabwo bikirimo. Ku mwaka iyo nahinze nko kuri hegitari enye mba mfitemo amafaranga byibura agera muri miliyoni umunani. Kuri hegitari imwe nkuramo miliyoni eshatu nashoye nk’ibihumbi 700.”

    Mukantwari Marie Rose wo mu Murenge wa Kabagari mu Kagari ka Munanira yemeza ko bari babangamiwe no kujya kuvoma amazi mabi mu bishanga.

    Ati “Twavomaga mu bishanga amazi mabi akadutera inzoka n’imiswi ariko ubu twabonye amazi meza.”

    Abaturage basabwe kujya bafata neza ibikorwa begerezwa kandi bakabibyaza umusaruro kugira ngo bihindure imibereho yabo.

    Rusiribana yavuze ko mu rwego rwo gukorera mu mucyo, buri mwaka bari basanzwe bicara bakamurikira abaturage ibyagezweho byose n’uko byakozwe ariko kuri iyi nshuro bitashobotse kubera ko icyorezo cya Covid-19 kitemerera abantu benshi guhurira hamwe.

    Abaturage bafashijwe no guhinga kijyambere bahabwa inyongeramusaruro

    Hatanzwe n’inka ku miryango itishoboye

    Abiganjemo urubyiruko bafashijwe kwihangira imirimo

    [email protected]


  • Ngororero: Abaturage batanu bagwiriwe n’ikirombe barapfa – #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhororo wabereyemo iyi mpanuka, Nzabakurikiza Alphonse, yemeje aya makuru, avuga ko abitabye Imana bajyanywe mu bitaro bya Muhororo kugira ngo bakorerwe isuzuma, mbere y’uko bashyingurwa kuri uyu wa Gatanu.

    Akarere ka Ngororero ni kamwe mu dukunze kuberamo ibikorwa bitemewe by’ubucukuzi by’amabuye y’agaciro bigwamo abantu ndetse iki kibazo kiri mu byo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yagaragarijwe nk’intandaro y’isuri ikunze kwibasira ako Karere, mu ruzinduko aherutse kugirirayo ku wa 19 Gicurasi.

    Umuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godefroid, aherutse kubwira itangazamakuru ko iki kibazo bagihaye umurongo uhamye ndetse banatanze uburenganzira ku bigo 18 byemerewe gukora ubu bucukuzi, mu bigo 32 byari bisanzwe bibukora.

    Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa rwihishwa ni kimwe mu bihitana ubuzima bw’abantu muri Ngororero

  • Huye: Abantu 21 bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abo bantu 19 na ba nyiri utubari 2 bafatiwe mu isanteri ya Gako mu Mudugudu wa Gako, Akagari ka Sovu mu Murenge wa Huye.

    Yagize ati “Abaturage bari bamaze iminsi baha amakuru inzego z’ibanze zihakorera ko abo bagabo bombi bafungura utubari twabo bagakingiraniramo abantu bakanywa inzoga. Inzego z’ibanze zahaye amakuru Polisi ikorera muri uwo murenge ijyayo ifatanya nabo kugenzura ko abaturage bubahiriza amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19 yubahirizwa bafatira muri utwo tubari tubiri abantu bikingiranye barimo banywa inzoga.”

    SP Kanamugire yavuze ko ubwo bagenzuraga iyubahirizwa ry’amabwiriza muri utwo tubari twombi harimo abantu barenga 40 ariko bikanze Polisi bariruka hafatwa bariya 21 gusa, abagabo 17 n’abagore 4.

    Yagize ati “Uyu Nsanzimana Venuste si ubwa mbere afatiwe mu bikorwa byo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 kuko mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka yafashwe n’ubundi yafunguye akabari harimo abantu banywa, icyo gihe yarigishijwe anacibwa n’amande ariko yongeye kurenga ku nyigisho yahawe. Ni mugihe Majyambere we inzu abamo yayihinduye akabari ari naho hafatiwe abantu.”

    Usibye kuba aba bantu bafatiwe mu kabari kandi tutemewe bari barengeje amasaha yo kuba bageze aho bataha. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amagepfo yibukije abarenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19 nkana ko bahemukira abandi nabo batiretse n’imiryango yabo.

    Ati “Abibwira ko bihishe Polisi cyangwa n’izindi nzego bagafungura utubari cyangwa bakatujyamo bitemewe, bajye bibuka ko Koronavirusi yo ntaho wayihisha. Buri gihe Leta yibutsa abaturarwanda ko icyorezo cya Covid-19 gihari kandi gikwirakwizwa n’abantu cyane cyane mugihe bahuriye hamwe, umuti wo nyine wo kukirinda ari ukubahiriza amabwiriza yose uko yakabaye ashyirwaho n’inzego zibishinzwe.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Huye, Rwamucyo Prosper yabwiye abafatiwe mu bikorwa byo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 ko ari imyitwarire mibi yo kugawa.

    Yagize ati “Biratangaje kubona hari abagikomeje kurenga ku mabwirizwa yo kurwanya Covid-19 n’uburyo iki cyorezo kirushaho kwiyongera. Buri wese azi uburyo iki cyorezo kica, ari nayo mpamvu tugomba kubahiriza amabwiriza yo kukirwanya ijana ku ijana. Kunywa ntibiruta agaciro k’ubuzima bwacu. Niba ushaka kunywa gura inzoga ugende uyinywere mu rugo iwawe utagiye kuyinywera mu kabari mu bantu benshi utazi iyo bavuye kugira ngo wirinde unarinde abandi.”

    Uyu muyobozi yibukije abafashwe n’abandi baturarwanda muri rusange kujya bakaraba intoki kenshi, bambara agapfukamunwa neza, guhana intera n’andi mabwiriza yose kuko aribyo bizatuma iki cyorezo tubasha kugihashya.

    Abafashwe bajyanwe ku biro by’umurenge wa Huye barigishwa banacibwa amande nk’uko amabwiriza abiteganya.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

  • RRA yasabwe gukusanya miliyari 1 774 Frw mu 2021/2022 – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yamurikiraga Abaturarwanda ingamba zo kuzamura iyubahirizwa ry’inshingano zo gusora mu mwaka wa 2021/2022.

    Yavuze ko mu mwaka ushize wa 2020/2021, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cyabashije kwesa umuhigo, ku ntego yari yihaye yo gukusanya agera kuri miliyari 1 579 Frw irenzaho ikusanya miliyari 1 643 Frw, bivuze ko intego bayigezeho ku ijanisha rya 103.3%.

    Yongeyeho ati “Mu mwaka w’isoresha wa 2021/2022 dutangiye, turasabwa gukusanya miliyari 1 774 Frw intego yose hamwe twahawe ingana na 46 % by’ingengo y’imari ya miliyari 3 807 Frw.”

    Yakomeje avuga ko kugira ngo RRA ibashe kugera kuri iyi ntego bizasaba ubufatanye bw’abasora, binyuze mu kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano umuntu wese usora aba afite zo kwishyura umusoro kandi ku gihe.

    Yagize ati “Muri uyu mwaka w’isoresha wa 2021/2022 dutangiye, twiyemeje kuzamura iyubahirizwa ry’inshingano zo gusora twibanda ku byiciro byose bifite inshingano zo gusora muri rusange. Turabasaba kwiyandikisha ku misoro ibareba, gufata no gukoresha EBM, gukora imenyekanisha no kwishyura imisoro ku gihe, gukora imenyekanisha ryuzuye kandi ry’ukuri.”

    RRA yatangaje ko mu bijyanye no gushishikariza abasora kubahiriza ishingano izibanda ku nzego z’imirimo zirimo urwego rw’ubwubatsi, urwego rw’itangazamakuru n’itumanaho, abatumiza ibicuruzwa mu mahanga ndetse n’abunganira abatumiza ibicuruzwa mu mahanga muri za gasutamo.

    Ruganintwali yavuze ko nubwo umubare munini w’abasora wubahiriza inshingano zabo zo gusora, hakiri imbogamizi z’abica amategeko yo gusora nkana, ibintu yavuze ko bizashyirwamo imbaraga muri uyu mwaka kugira ngo bicike.

    Ati “Tuzakorana n’abafatanyabikorwa mu guhugura abasora babarizwa mu nzego z’imirimo byagaragaye ko zitubahiriza neza inshingano zo gusora. Tuzakomeza gukoresha ikoranabuhanga mu gutahura ibibazo bijyanye no kutubahiriza inshingano zo gusora n’abasora bakora nabi bagamije kunyereza imisoro n’amahoro.”

    Yakomeje asobanura ko muri uyu mwaka hazashyirwa ingufu mu gukangurira abacuruzi gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga bwa EBM, batanga inyemezabwishyu kandi hagenzurwe niba zikoreshwa neza nk’uko byagenwe kuko ngo usanga ahenshi umucuruzi aha umukiliya inyemezabwishyu ya EBM igihe ayimusabye gusa.

    Yibukije Abanyarwanda bose ko bagomba kuzirikana ko kunyereza imisoro n’amahoro ari icyaha nk’ibindi kandi gihanwa n’amategeko, abasaba kwirinda kugikora no gufatanya n’abagikora ndetse no gutanga amakuru ku bantu bose batubahiriza amategeko y’imisoro n’amahoro.

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), Bizimana Ruganintwali yatangaje ko iki kigo cyasabwe gukusanya amafaranga angana na miliyari 1 774 Frw mu mwaka w’isoresha wa 2021/22

  • Ubwigenge bwahawe u Rwanda; amahirwe yapfushijwe ubusa! – #rwanda #RwOT

    Tariki 1 Nyakanga 1962, ni bwo u Bubiligi bwemeye ku mugaragaro ko u Rwanda ruba igihugu kigenga, nyuma yo kumara igihe ruri mu maboko yabo nk’Abakoloni, barurebereraga, bakarutegeka, bakarufatira ibyemezo bya politiki n’imibereho n’ibindi.

    Icyo gihe ariko abakoloni n’ubwo bari bamaze kwemerera u Rwanda kwigenga, ntabwo bigeze bagenda ahubwo bagumye mu gihugu bakomeza gutegekera mu Banyarwanda, aho Umunyarwanda wabaga ari umuyobozi ariko akora ibyo bamubwirije.

    Ibi bijyana kandi n’uko aba Babiligi bari baramaze kubiba amacakubiri mu Banyarwanda, aho bari barabigishije amoko, barababwiye ko bamwe badahuje ubwoko n’abandi, bakabigisha ko hari Abatutsi, Abahutu n’Abatwa.

    Impuguke muri Politiki akaba n’umwe mu bagize Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda, Gisagara avuga ko kuba abakoloni batarifuzaga kuva mu Rwanda ari byo byatumye n’abo bahaye Ubwigenge ari abantu babo bateguye.

    Ati “Umukoloni we ntabwo yifuzaga ko ava mu gihugu, yifuzaga ko akigumamo. Noneho akavuga ati reka dutegure abantu bagiye mu mitwe ya politiki batazagira icyo badutwara, hanyuma abo bantu tuzakomeza tubakoreremo.”

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, we avuga ko Ubwigenge bwahawe u Rwanda butari bushyitse kuko bwahawe igice kimwe cy’Abanyarwanda.

    Ati “Baravuga bati tugiye kubaha Ubwigenge, tuzamure ibendera ariko kubera ko dushaka kugira ngo tubafashe mwikize bariya bene wanyu dusigarane namwe, ariko Ubwigenge tubutangaze ko bubayeho.”

    Yakomeje agira ati “Ntabwo rero waba uvuga ngo urigenga nk’igihugu hari ukuyobora mu gisirikare, apanga uko igisirikare kirinda umutekano w’igihugu ataranaguhaye n’ubushobozi kugira ngo ugire bwa buhanga.”

    Minisitiri Gatabazi mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko abanyepolitiki bo mu Ishyaka rya MDR Parmehutu n’andi mashyaka bari bahuje gahunda babonye Ubwigenge nk’umwanya wo kwikiza Umwami n’Abatutsi aho gukemura ibibazo byari byugarije Abanyarwanda.

    Inararibonye muri politiki, Sheikh Abdul Karim Harerimana, avuga ko icyo abakoloni bashakaga bakigezeho ari nayo mpamvu bari bahaye u Rwanda Ubwigenge butazagira icyo bumarira abaturage.

    Mu bibazo byagombaga gukemurwa hari harimo n’iby’impunzi ariko bigera aho Ubuyobozi bwari buyoboye u Rwanda buvuga ko u Rwanda rwuzuye rumeze nk’ikirahure cyuzuye amazi kandi icyo gihe rwari rutuwe na miliyoni eshanu gusa.

    Sheikh Harerimana ati “Uyu munsi turi hafi miliyoni 13 kandi turimo dukwiriyemo neza turanabyara n’ubwo leta idusaba ko dukwiriye kubyara abo dushoboye kurera n’abo igihugu gishobora kurera; tumaze kwikuba kabiri kandi umwuka turawuhumeka neza, turahinga, dukora n’indi mirimo.”

    Ikibazo cy’amacakubiri kandi cyakomeje kugeza ubwo mu 1994, u Rwanda rwacuze imiborogo ubwo umugambi wari umaze igihe kirekire utegurwa na leta wo gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, washyirwaga mu bikorwa.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko Ubwigenge bwahawe u Rwanda butari bushyitse kuko bwahawe igice kimwe cy’abaturage

    Sheikh Harerimana yavuze ko abakoloni bahaye u Rwanda ubwigenge bucagase bafite intego kandi bayigezeho