Tag: featured

  • Kigali yo ku wa 4 Nyakanga 1994: Umunsi umuriri w’ibyishimo wasesekaraga i Rwanda – #rwanda #RwOT

    Kuwa Mbere tariki 4 Nyakanga 1994, ni umunsi usobanuye byinshi kuri uru Rwanda wowe usoma iyi nkuru uri kubona uyu munsi by’akarusho niba ufite imyaka mike nkanjye uri kwandika.

    Ufatwa nk’intangiriro y’ubuzima bushya bw’u Rwanda aho Umunyarwanda wese arufiteho uburenganzira, nta n’umwe uhezwa. Nibwo hasohotse itangazo rya FPR Inkotanyi ryemeza ko Kigali yabohowe, ribwira Abanyarwanda bose n’Isi yose ko noneho u Rwanda ruri amahoro.

    Uretse gushyira iherezo ku rugamba Ingabo za RPA zari zaratangiye ku itariki 1 Ukwakira 1990, ni nabwo zahagaritse umugambi karundura wa Jenoside yakorerwaga Abatutsi, icyo gihe abarenga miliyoni bari bamaze kwicwa.

    Tito Rutaremara, ni umwe mu batangiranye na FPR Inkotanyi ubwo yagiraga igitekerezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda n’Abanyarwanda. Avuga ko yibuka neza itariki 4 Nyakanga 1994 nk’aho ari ejo hashize.

    Uyu musaza uyobora Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, yavuze ko uwo munsi, muri Kigali hari huvuye imirambo, n’aho unyuze ugakubitana n’umuntu uvirirana amaraso wakomeretse.

    Ati “Icya mbere i Kigali hari imirambo hose, imirambo hirya no hino, hari abantu bagenda b’inkomere, iyo shusho y’imirambo yo twari twarayimenyereye kuko kuva Jenoside yatangira yabaga yuzuye hirya no hino.”

    Ubwo inkuru yari imaze gukwira hose ko FPR Inkotanyi yafashe igihugu, abatutsi bahigwaga bahise bashyira agatima mu nda, ku buryo hari nk’abavaga mu bisenge biruhutsa.

    Rutaremara wari uhari agira ati “Ubwo muri icyo gihe twabonye abandi bavuye mu bisenge by’inzu cyangwa ahandi mu bihuru bari bamaze amezi atatu bihishe, umuntu wamubona ukamubwirwa n’uko asetse, wabonaga mbese umuntu ameze nka ‘zezenge’, barahorose barashize, kubera ko babaga bamaze amezi yose batarya, batanywa batinya gusohoka ngo Interahamwe zidahita zibica.”

    Rutaremara avuga ko ibindi yari asanzwe abibona birimo abantu bishwe, imihanda yasenyutse, inzu zasenyutse n’ibindi byinshi. Gusa ngo icyo yabonye gitandukanye kuri uwo munsi ni icyo cy’abantu bari gupfupfunyuka aho bari bamaze amezi atatu bihishe.

    Kuri uwo munsi, Rutaremara ngo yari yavuye i Rwamagana [aho yari yaragiye kuba], agaruka mu Mujyi wa Kigali. Igihugu cyabohowe ari hafi ya Nyabugogo.

    Dusubire inyuma gato mu ijoro ribanziriza inkuru y’ihumure

    Mutesa Shaffy wari ufite imyaka 18 irengaho amezi arindwi muri Nyakanga 1994, yibuka neza uburyo i Kigali by’umwihariko mu Mujyi rwagati hasaga nabi, huzuyemo ibitoyi by’amasasu, imirambo, Interahamwe zakoraga akazi ko kurarira amaduka n’izindi nyubako zari zarasizwe n’abakire bahunze Jenoside yakorerwaga Abatutsi.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mutesa avuga ko muri icyo gihe by’umwihariko tariki 4 Nyakanga 1994, Umujyi wa Kigali nta shusho wari ufite, umwanda ari wose na za bariyeri z’Interahamwe nazo zari zisigaye ari mbarwa kuko nk’ahari hasanzwe hirirwa Interahamwe umunani wasangaga muri icyo gihe hasigaye eshatu, izindi zari zaratangiye gukuramo akazo karenge.

    Avuga ko mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi itangira, we n’umuryango we bari batuye mu Biryogo, ariko byageze aho baratatana bajya kwihisha mu bice bitandukanye, abandi barahunga n’ubwo we yagumye muri Nyamirambo.

    Ngo mu ijoro ryo ku itariki 3 Nyakanga 1994, ahagana saa yine z’ijoro, basohotse aho bari bihishe ahitwaga kuri ‘Pharmacie’ babona abasirikare b’Inkotanyi bagera ku 100, bari ku murongo bigaragara ko bavaga ku i Rebero berekeza ku Musigiti wa Onatracom barakomeza bagera za Camp Kigali.

    Yakomeje agira ati “Mu Saa Munani z’ijoro, twatangiye kumva bavuga ko Inkotanyi zafashe Kigali, nibwo abantu benshi, igihiriri cy’abantu batangiye guhunga, natwe tumanuka muri icyo gihiriri tugeze Kimisagara, twigira inama yo gusubira inyuma. Hari umwijima, uruvunganzoka rw’abantu, abasirikare ba Habyarimana bari kuraswaho n’Inkotanyi.”

    “Icyo gihe bwari bumaze kugera mu rukerera, mpita njya kureba ahantu Papa na Mama bari bihishe nari mpazi, narahageze mbabwira iyo nkuru, babanza kwanga kubyemera kuko bari bacyumva amasasu, ariko ngeze aho ndagenda mbasiga aho.”

    Mutesa avuga ko n’ubwo iryo joro nk’andi yabanje yose ryatinze gucya, ariko ryageze aho riracya izuba rirongera rirarasa.

    Inkuru y’umunsi wo ku ya 4 Nyakanga 1994

    Amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 1994, aribwo Ingabo za RPA zafashe Umujyi wa Kigali ndetse n’uwa Butare.

    Muri icyo gihe hari hamaze iminsi urugamba rushyushye, biza kugera ku rwego abasirikare ba RPA barusha ingufu aba leta yakoraga Jenoside, ndetse Guverinoma y’abatabazi yari iyobowe na Sindikubwabo Theodore na Jean Kambanda wari Minisitiri w’Intebe ntiyari ikibarizwa mu murwa.

    Mutesa avuga ko kuri uwo munsi wo ku ya 4 Nyakanga, aribwo we n’abo bari bamaze igihe bihishe hamwe bafashe icyemezo cyo guhungira mu Kiyovu, ahari hari Ambasade ya Tanzania mu Rwanda.

    Ati “Mu gitondo nka saa kumi n’ebyiri, tuva Nyamirambo tugana ahahoze Ambasade ya Tanzania hano hafi ya BNR, Ambasade ya Tanzania niho hari ubuhungiro muri icyo gihe.”

    Agaruka ku rugendo ruva i Nyamirambo rugera mu Kiyovu kuri Ambasade yagize ati “Kuva Nyamirambo twagiye tunyura ahantu hari za bariyeri kuko icyo gihe hari Interahamwe zari zitaramenya ibyahaye, hari Bariyeri yo ku Gitega, mu Gakinjiro na hehe hose zari zihari ndetse n’aha mu Mujyi hose hari hanyanyagiye Interahamwe z’abazamu zifite imihoro, imbunda n’ibindi.”

    Yakomeje agira ati “Abantu twari kumwe twatandukaniye kuri Segiteri Gitega kuko twahasanze Interahamwe zishe abantu babiri, njyewe nari mfite ibiceri 300Frw ndabibaha barandeka ndakomeza ndagenda.”

    Mutesa avuga ko yageze mu Mujyi ahahoze Segiteri Rugenge, ahahurira n’umugore wari ufite umwana w’uruhinja, barajyana ndetse ngo niwe wagiye amufasha mu nzira zitandukanye bagiye banyuramo bihishahisha kurinda bagera kuri Ambasade ya Tanzania.

    Kuri Ambasade, basanze harinzwe n’abasirikare b’Inkotanyi kuko bari bamaze kuhafata naho ndetse ahasanga umwe mu basirikare b’Inkotanyi baziranye.

    Ati “Kuva ubwo bwari bumaze gucya ari ku manywa y’ihangu, abo basirikare bansaba kujya kubereka kuri Radio Rwanda, nanjye ndababwira nti turagenda gusa mundinde Interahamwe.”

    “Ubwo bari abasirikare bagera kuri 300, bigabanyijemo ibice bitatu, turagenda, tugana kuri Radio Rwanda, tunyuze haruguru ya BNR, tugera kuri St Michael, ariko ubwo imbere yacu twaharebaga ibifaru bibiri bigaragara ko byari birinze aho kuri Radio Rwanda.”

    Mutesa avuga ko bakomeje kwegera za Burende basanga nta bantu barimo, bahita binjira muri Radio Rwanda ari nabwo Radio Muhabura yaje guhita ihimurirwa ndetse bukeye bwaho tariki 5 Nyakanga 1994 itangira kuvugira aho hahoze Radio Rwanda.

    Abatuye hanze ya Kigali nabo itariki ya 4 Nyakanga 1994, yababereye umunsi udasanzwe nk’uko byashimangiwe na Dusengibona Théodore, wari umusore ukibyiruka iwabo muri Segiteri Karenge, ubu ni mu Karere ka Rwamagana.

    Avuga ko ku gasozi k’iwabo tariki 4 Nyakanga 1994, abantu benshi bari barahunze abandi barishwe, ku buryo kuva iyo tariki bamaze kumva ko Inkotanyi zabohoye igihugu aribwo benshi batangiye guhunguka bagaruka mu byabo.

    Dusingibona kuri usigaye ari umuhinzi ndetse akaba n’umwarimu ku GS Masaka I, avuga ko uyu munsi yishimira kuba mu gihugu cyiza, aho Umunyarwanda wese afite uburenganzira bwo kwiga akarangiza amashuri ndetse akabona n’akazi hatagendewe ku bwoko.

    Iyi foto yo ku wa 4 Nyakanga 1994 aho Umugaba Mukuru w’Ingabo za APR, Gen Maj Paul Kagame (uwo ibara ry’ubururu ryerekeyeho), ari kumwe n’abandi basirikare bari bageze mu Mujyi wa Kigali rwagati

    Nyuma yo kubohora igihugu hatangiye urugendo rwo kucyubaka, ubu ibintu byarahindutse, ahazwi nko kwa Lando ni uku hasaga ariko ubu huzuye imiturirwa

    Ingabo za RPA ubwo zari zimaze gufata Ikibuga cy’Indege cya Kigali

    Tito Rutaremara avuga ko tariki 4 Nyakanga 1994, wari umunsi udasanzwe ku bantu bari bamaze amezi atatu bihishe mu bisenge by’inzu no mu bihuru

  • #Kwibohora27: Perezida Kagame yahaye Abanyarwanda icyizere ku iyubakwa ry’inganda zikora inkingo n’imiti – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa Umukuru w’Igihugu yatanze kuri uyu wa 4 Nyakanga 2021, ubwo hizihizwaga imyaka 27 ishize u Rwanda rubohowe n’ingabo za FPR Inkotanyi zaharaniye ukuri kugira ngo Abanyarwanda bose bagira amahirwe angana n’uburenganzira ku gihugu cyabo.

    Perezida Kagame yavuze ko imyaka 27 ishize Abanyarwanda bishyize hamwe bakabohora igihugu, aho kuva icyo gihe biyemeje gukorera hamwe buri munsi kugira ngo bubake Umuryango Nyarwanda.

    Ati “Uyu munsi u Rwanda ntabwo ari igihugu ku ikarita gusa, kuri twe bivuze igihugu buri wese yishimira kandi kimuteye ishema kinamukeneye. U Rwanda tubona ubu rusobanuye icyizere, hakenewe ko dufatanya buri wese akita kuri mugenzi we.”

    Yavuze ko Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi watashywe uyu munsi mu karere ka Musanze n’indi mishinga yubatswe n’Ingabo z’Igihugu ku bufatanye n’izindi nzego, byerekana ugushyira hamwe nk’Abanyarwanda. Ibintu bagize umuco.

    Perezida Kagame yavuze kandi ko kuba ibirori byo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 27 bitabaye mu buryo busanzwe, ari ikimenyetso cy’uko hakwiye ubufatanye mu guhashya icyorezo cya Covid-19.

    Ati “Uyu mwaka ntitwashoboye kwizihiza isabukuru yo kwibohora uko bisanzwe, ni nayo mpamvu tugomba gukomeza urugamba rwo kurwanya ubwiyongere bwa Covid-19, muri iki gihe. Ubu ni ngombwa, ndetse ni ngombwa cyane cyane ugereranyije n’ibihe byatambutse, gukurikiza ingamba zishyirwaho na Minisiteri y’Ubuzima n’ibindi bigo mu gukumira ikwirakwizwa rya Covid-19 no kurokora ubuzima bw’Abanyarwanda.”

    Yakomeje agira ati “Turashaka ko Umunyarwanda wese agira ubuzima bwiza kandi akisanzura bityo akabyaza umusaruro amahirwe yose aboneka mu gihugu, haba mu burezi, mu gushaka akazi no kwihangira imirimo.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko muri iyi minsi u Rwanda rugiye kubona izindi nkingo ariko hari no kurebwa uburyo izi nkingo zajya zikorerwa mu Rwanda.

    Ati “Kurwanya no gutsinda Covid-19, ni imwe mu nzira yo gukomeza ibikorwa byo kwibohora. Muri iyi minsi, tugiye kubona izindi nkingo zidufasha kongera ubwirinzi bw’umubiri duhereye ku barusha abandi ibyago byo kwandura Covid-19.”

    Yakomeje agira ati “Turifuza ko zigera ku bantu benshi, duhereye uko bizagenda bishoboka. Ariko mu rwego rwo kwigira, turakora ibishoboka byose ngo twubake ubushobozi bwo gukora inkingo n’indi miti hano mu Rwanda.”

    U Rwanda ruri mu hantu hatatu hatoranyijwe ku Mugabane wa Afurika nk’ahazubakwa uruganda rukora inkingo za COVID-19 . Uretse mu Rwanda, ahandi hatoranyijwe ni muri Afurika y’Epfo na Sénégal.

    Perezida Kagame yavuze ko muri uko kubaka ubushobozi bwo kwikorera imiti n’inkingo by’umwihariko iz’icyorezo cya Covid-19, bizagabanya amafaranga igihugu cyatakazaga mu kujya gushakira ubuvuzi mu mahanga.

    Ati “Ibi bizagabanya guhora twiringiye imiti ituruka hanze y’igihugu, itabonekera igihe cyangwa itangwa hagendewe ku zindi nyungu, ariko birasaba igihe kandi tugomba kwihangana. Hagati aho buri wese akwiye kugira uruhare runini mu kuba maso no kugabanya ibyago byo kwandura virusi yandurira mu mwuka.”

    Yakomeje agira ati “Tugomba kwirinda ubwacu no kurinda abandi kugira ngo igihugu cyacu kibashe gutsinda vuba iki cyorezo. Abanyarwanda dufite byinshi tugomba gukorera hamwe kandi tukagira icyizere cy’ejo hazaza heza.”

    Tariki ya 4 Nyakanga buri mwaka u Rwanda rwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora, aho Abanyarwanda bibuka umunsi ingabo zahoze ari iza RPA, zari ziyobowe na Paul Kagame, zabohoye igihugu zikanahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.

    Perezida Kagame yatanze icyizere cy’uko u Rwanda ruri gushaka ubushobozi bwo kugira inganda zikora inkingo n’imiti

  • Inzozi zabaye impamo: Ab’i Musanze batashye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi – #rwanda #RwOT

    Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu butumwa bwanyujijwe kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa 4 Nyakanga 2021 ubwo hizihizwaga imyaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye.

    Ku rwego rw’Igihugu, Umunsi wo Kwibohora wizihirijwe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ahatashywe Umudugudu w’Icyitegererezo ‘Kinigi IDP Model village’.

    Umuhango wo gutaha uyu mudugudu witabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye, barimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney; Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira n’abandi

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko nubwo muri uyu mwaka Umunsi wo Kwibohora utizihijwe nk’uko bisanzwe, urugamba rwo guteza imbere igihugu no gukorera hamwe rukomeje.

    Yagize ati “Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi watashywe uyu munsi n’indi mishinga yubatswe n’Ingabo z’Igihugu ku bufatanye n’izindi nzego, byerekana ugushyira hamwe nk’Abanyarwanda kandi twabigize umuco. Ndashaka kubibashimira.’’

    Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi wakiranywe ubwuzu

    Uyu mudugudu uherereye mu bilometero 12 uvuye mu Mujyi wa Musanze rwagati, wubatswe n’Ingabo z’u Rwanda. Ugizwe n’inzu z’amagorofa zubakiwe imiryango 144 itishoboye.

    Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi wubatswe mu buryo bugezweho ndetse ufite ibikorwaremezo byose by’ibanze hafi.

    Izi nzu iyi miryango yatujwemo zubatswe mu buryo bw’amagorofa, aho buri imwe ifite ibyumba bitatu n’uruganiriro, ubwiherero n’ubwogero bubiri kandi bwose buri mu nzu n’igikoni cyo mu nzu.

    Buri muryango watujwe muri izi nzu wahawe kandi ibikoresho by’ibanze birimo matelas, ibitanda, intebe na televiziyo.

    Uyu mudugudu kandi wubatswemo ibikorwaremezo bitandukanye birimo amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye, ivuriro, agakiriro kazajya gakorerwamo imirimo y’ubukorikori itandukanye, inzu izajya ikorerwamo ubworozi bw’inkoko, ibiraro n’ibindi.

    Imirimo yose yo kubaka uyu mudugudu ugezweho wa Kinigi yarangiye itwaye 26 611 466 699 Frw arimo agera kuri 8 047 653 297 Frw yagiye mu bikorwa byo kubaka inzu zo guturamo, 1 589 619 026 Frw yagiye mu bikorwa byo kubaka ikigo nderabuzima na 3 350 166 058 Frw yubatse ikigo cy’amashuri n’irerero.

    Ibikorwa byo kugurira imiryango ituye muri uyu mudugudu inka 102 n’inkoko 8000, kubaka agakiririro, gutera ubusitani n’ibiti by’imbuto byo byatwaye 1 874 637 199 Frw, mu gihe indi mirimo nko kubaka imihanda, kuhageza amashanyarazi gutera ibiti no guha ingurane abari bahatuye byatwaye arenga miliyari 11 Frw.

    Abatujwe muri uyu mudugudu babwiye IGIHE ko banyuzwe no kuba ubuzima bwabo bugiye guhinduka kuko begerejwe ibikorwaremezo by’ibanze bakenera mu buzima bwabo.

    Ndibabaje Assiel yavuze ko bari batuye ahantu habi, mu bajura ariko ubu bahawe amashanyarazi atuma barara batikandagira.

    Yagize ati “Turabona ingoyi y’ubukene tumaze kuyisezerera, Leta y’ubumwe ni igitangaza, hari bamwe yakuye mu migina; ubu hano rwose ndishimye cyane kuba ndi hano ni ikigaragaza ko perezida anzi. Naravuze nti ariko kuki atandambirwa, anyicaje mu nzu nziza ntigeze mbona kandi ni amasaziro yanjye.’’

    Yasobanuye ko hari byinshi bibohoyeho kuko bahawe ibitaro byiza bituma batazongera gusiragira bajya kwivuriza kure.

    Ati “Abenshi babanje kwivovota bakituzana hano ngo bagiye kutwaka ibyacu, bamwe batangira guteza rwaserera ariko ubu bamaze kugaruka. Ubu aha iwacu benshi barahashaka ntibahabona, benshi bakunda kumpamagara. Uyu mujyi wacu uri gusatira uwa Ruhengeri (Musanze) kandi koko nibyo kuko turi mu nzu zigeretse.’’

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko abaturage bakiriye inzu z’amasaziro yabo kandi bishimiye kuzituzwamo.

    Ati “Ikindi hari n’ibikorwa bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, iby’amazi n’amashanyarazi, imihanda n’amashuri meza cyane, irerero ryiza cyane.[…] Abana babo bakiri bato hari abari baratinze kwiga kubera kujya kure cyangwa ibibazo turimo bya COVID-19. Ubu bagiye kubashyiriraho gahunda yihutirwa y’ukwezi ku buryo muri Nzeri bazajya gutangira barazamuye ubwenge no kubukangura.”

    Yasobanuye ko abatujwe mu mudugudu bari mu byiciro birimo abakene batari bafite aho kuba, abari bafite inzu ziva n’izitajyanye n’icyerekezo.

    Yakomeje ati “Bari kumwe n’abandi nabo bari basanzwe baturiye hafi aha ngaha,hafi n’aya mahoteli bimutse bagiye kuza mu buzima buhoraho bwiza kandi bufite na serivisi zose zikenerwa. Ndagira ngo tubishimire Umukuru w’Igihugu kuko ni we watanze umurongo. Yarahasuye, yarahabonye abona ibitagenda asaba ko bikosorwa. Uku ni ko kwibohora nyako!”

    Mu gihe hizihizwa kwibohora ku nshuro ya 27, mu turere twose tw’igihugu hari ibikorwa hafi 2.580 byatashywe bizakomeza no gutahwa; birimo ibyo kubaka amashuri, ibyumba bisaga 22.000, hari kubaka imihanda, ibigega byo guhunikamo imyaka bisaga 110, guha abaturage amashanyarazi n’amazi hirya no hino mu gihugu.

    Bimaze kumenyerwa ko buri tariki ya 4 Nyakanga ku Munsi wo Kwibohora, hatahwa imidugudu y’icyitegererezo ituzwamo abaturage badakunze kuba bafite amacumbi, mu rwego rwo kubafasha kwibohora ubukene no kwiteza imbere.

    Mu 2020 ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 26 hatashywe umudugudu nk’uyu ugezweho wubatswe mu Karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Tabagwe.

    Kuva mu 2016 iyi gahunda yatangira hamaze kubakwa imidugudu igezweho 82. Muri iyi midugudu igera kuri itanu irimo uwa Rweru, uwa Kazirankara-Nyundo, uwa Horezo-Kanyenyeri, uwa Karama, n’uwa Gishuro yatashywe na Perezida Paul Kagame.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira ni bo batashye ku mugaragaro Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi

    Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira (ibumoso) na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney bataha ku mugaragaro Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi

    Abatujwe muri uyu mudugudu bavuze ko bishimiye ko ubuzima bwabo bugiye guhinduka

    Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira (iburyo) na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney (ibumoso mu nguni) basuye umwe mu miryango yatujwe muri uyu mudugudu

    Muri uyu mudugudu harimo n’ibitaro bigezweho bizajya bita ku buzima bw’abawutuye

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • Kaduha: Barishimira ko bizihije imyaka 27 yo kwibohora baryamye muri etaje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni inzu nziza zigerekeranye aho usanga inzu umunani ziri muri imwe (8 in 1)
    Ni inzu nziza zigerekeranye aho usanga inzu umunani ziri muri imwe (8 in 1)

    Ni inzu zubatse ku buryo bwa etaje, zigizwe n’inyubako enye zigiye zirimo umunani zegeranye (8 in1). Ziherereye mu Kagari ka Kavumu mu mudugudu wa Gahama, ariko izi nzu ubwazo abazituyemo bazise Umudugudu w’Ubumwe.

    Ubwo bazitahaga tariki 3 Nyakanga 2021, ababyeyi bazitujwemo bagaragaje ibyishimo batewe no kuba batujwe heza, abasheshe akanguhe bo banavuga ko batari barigeze barota gutura mu nzu zigerekeranye.

    Thérèse Mukarugwiza uri mu kigero cy’imyaka 70 yagize ati “Nari gutekereza gute gutura mu nzu nk’iyi ngiyi kandi mbona ubushobozi nari mfite ari ubwo gucira abana inshuro, ntarabashije no kubashyira mu ishuri?”

    Ubundi ngo yari asanzwe aba mu kazu gatoya yagondagondewe n’umwana we, ari na yo mpamvu agira ati “Umva! Ubu naranezerewe. Rwose urebye navuye mu gice cy’ingunguru! Akazu kari gatoya, ntagira aho ndambiriza.”

    Bellancille Uwasabimana utari ukigira aho aba kuko inzu ye yari mu manegeka yaje no kugwa, akaba atari afite ubushobozi bwo kwiyubakira indi kuko n’umugabo we ngo amaze imyaka 14 mu buroko, na we ubu arishimye cyane.

    Ati “Naravugaga ngo n’uwampa n’iy’ibyatsi itava, sindare mvirwa. Rwose bampaye iterambere, munshimirire uwo mubyeyi Nyakubahwa Paul Kagame.”

    Bashyikirijwe inzu na Leta, ba mutimawurugo na bo barabaremera. Aha umuyobozi w
    Bashyikirijwe inzu na Leta, ba mutimawurugo na bo barabaremera. Aha umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, ari gufasha gushyikiriza umwe mu batujwe igiseke kirimo imyaka yazaniwe

    Uwitwa Caritas we yasabye abayobozi bari baje gutaha izi nzu kumushimirira Inkotanyi kuko ngo ari zo bakesha amajyambere bagejejweho ku giti cyabo, ndetse n’amaze kugezwa ku Banyarwanda muri rusange.

    Yagize ati “Munshimire ingabo za FPR Inkotanyi. Zaduhaye umutekano, zibohora u Rwanda, zidukura mu bwigunge. Kugeza kuri uyu munsi, ibi byiza byose mubona, iyo hatabaho Inkotanyi, ngo zize zibohore u Rwanda, nta n’uwamenya uko u Rwanda ruba rumeze magingo aya.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, yaboneyeho kurarikira abatuye muri uyu mudugudu, kimwe n’abandi batuye muri Nyamagabe, kuzirikana ko urugendo rwo kwibohora rutarangiye.

    Umudugudu w
    Umudugudu w’Ubumwe i Kaduha

    Yagize ati “Kwibohora nyako, ni ukwigenera wowe ubwawe uburyo ugomba kubaho. Nk’igihugu twamaze kubigeraho, ariko turifuza ko bigera kuri buri Munyarwanda wese, kugira ngo na we yumve ko iterambere rye arigiramo uruhare, kandi noneho akagera kuri byinshi kurushaho, ndetse no kurusha ibyo tubona ubungubu, kuko urugendo ruracyakomeje.”

    Yanabibukije ko ibi bizashoboka ari uko buri wese yihaye icyerekezo, akanahora azirikana inshingano ze. Umubyeyi akareba niba umwana we abayeho neza, niba yamugaburiye bikwiriye, niba yagiye ku ishuri, niba afite isuku; umwana na we akareba niba yubashye ababyeyi, niba yagiye ku ishuri.


  • Umunyezamu wa AS Muhanga akurikiranyweho kwakira ruswa ngo yitsindishe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mbarushimana Emile uzwi ku izina nka Rupari akaba umunyezamu w’ikipe ya AS Muhanga, yabimburiye abandi bivugwa ko bari gukorwaho iperereza, aho akurikiranyweho icyaha cyokwaka ruswa ngo yitsindishe mu mikino imwe ya shampiyona y’icyiciro cya mbere.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje aya makuru ko uyu mukinnyi yatawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, hakaba hari n’abandi bari gukorwaho iperereza bitewe n’amakuru yatanzwe n’ingeri zitandukanye.

    Ikipe ya AS Muhanga yarangije shampiyona nta mukino itsinze, ndetse irimo umwenda w’ibitego 20, aho imikino ine ya nyuma yayitsinzwemo ibitego 16 yatsinzwe na Sunrise 4-1, itsindwa na Etincelles 4-0, Gasogi 4-0 ndetse na Mukura yayitsinze 4-1

  • Turakora ibishoboka byose ngo twubake ubushobozi bwo gukora inkingo n’indi miti mu Rwanda – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame
    Perezida Kagame

    Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yavuze rijyanye n’uyu munsi wo kwibohora wizihijwe ku nshuro ya 27.

    Iri ni ijambo ryose Perezida Kagame yavuze:

    Banyarwanda, Nshuti z’u Rwanda, ndabasuhuje mwese kandi mbifurije umunsi mwiza wo Kwibohora.

    Imyaka 27 irashize Abanyarwanda twishyize hamwe, tubohora igihugu cyacu.

    Kuva icyo gihe twiyemeje gukorera hamwe buri munsi kugira ngo twubake umuryango nyarwanda, ndetse duhindure u Rwanda igihugu cyiza kuri buri wese.

    Mfashe uyu mwanya ngo mbibashimire.

    Uyu munsi u Rwanda ntabwo ari igihugu ku ikarita gusa. Kuri twe bivuze igihugu buri wese yishimira kandi kimuteye ishema, kinamukeneye.

    U Rwanda tubona ubu rusobanuye icyizere, rusobanura ko dufatanya buri wese akita kuri mugenzi we.

    Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi watashywe uyu munsi kimwe n’indi mishinga ijyanye no guteza imbere abaturage yakozwe n’Ingabo z’Igihugu ku bufatanye n’izindi nzego, birerekana ugushyira hamwe nk’Abanyarwanda kandi twabigize umuco.

    Ndashaka na byo kubibashimira.

    Uyu mwaka ntitwashoboye kwizihiza isabukuru yo Kwibohora uko bisanzwe.

    Ni na yo mpamvu tugomba gukomeza urugamba rwo kurwanya ubwiyongere bwa COVID-19 muri iki gihe.

    Ubu ni ngombwa ndetse ni ngombwa cyane ugereranyije n’ibihe byatambutse, gukurikiza ingamba zishyirwaho na Minisiteri y’Ubuzima n’ibindi bigo hagamijwe gukumira ikwirakwizwa rya COVID-19 no kurokora ubuzima bw’Abanyarwanda.

    Turashaka ko Umunyarwanda wese agira ubuzima bwiza kandi akisanzura, bityo akabyaza umusaruro amahirwe yose aboneka mu gihugu haba mu burezi, mu gushaka akazi no kwihangira imirimo.

    Ibikorwa byacu byo guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza bigomba gukomeza kandi bikihuta.

    Iterambere ntirigarukira mu gihugu, tugomba kurenga imbibi z’igihugu.

    Turashaka gukomeza guteza imbere ubufatanye bushingiye ku bwubahane n’iterambere, yaba hamwe n’abaturanyi bacu mu karere ndetse no ku isi hose.

    Kurwanya no gutsinda COVID-19 ni imwe mu nzira yo gukomeza ibikorwa byo Kwibohora.

    Muri iyi minsi tugiye kubona izindi nkingo zidufasha kongera ubwirinzi bw’umubiri duhereye ku barusha abandi ibyago byo kwandura COVID-19.

    Turifuza ko zigera ku banyarwanda benshi, uko bizagenda bishoboka.

    Ariko mu rwego rwo kwigira, turakora ibishoboka byose ngo twubake ubushobozi bwo gukora inkingo n’indi miti mu Rwanda.

    Ibi bizagabanya guhora twiringiye imiti ituruka hanze y’igihugu, itabonekera igihe cyangwa itangwa hagendewe ku zindi nyungu. Ariko birasaba igihe kandi tugomba kwihangana.

    Hagati aho buri wese afite uruhare runini mu kuba maso no guhindura imikorere kugira ngo tubashe kugabanya ibyago byo kwandura virusi yandurira mu mwuka.

    Tugomba kumva akamaro ko kwirinda ubwacu no kurinda abandi kugira ngo igihugu cyacu kibashe gutsinda vuba iki cyorezo.

    Abanyarwanda dufite byinshi tugomba gukorera hamwe kandi dukwiriye kugira icyizere cy’ejo hazaza heza.

    Twizere ko tuzakomeza uru rugendo hamwe.

    Reka nongere mbashimire kandi mbifurize mwese ubuzima bwiza n’umunsi mwiza wo Kwibohora.


  • Kigali: Umushoferi yafashwe ajyanye abagenzi mu Karere ka Musanze yarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yari abatwaye mu buryo bunyuranije n’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19, buri mugenzi akaba yari yamuciye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi birindwi kugira ngo amugeze mu Karere ka Musanze.

    Niyikiza Isaac umwe muri aba bagenzi wari uri kumwe n’umugore we, yavuze ko baje ku itariki ya 21 Kamena baje gucuruza imbabura zikorwa mu mabuye nk’uko bisanzwe mu Mujyi wa Kigali, nyuma ngo bumva itangazo ko nta muntu wemerewe kurenga Akarere ajya mu kandi babura uko basubirayo niko kuguma muri Kigali.

    Yagize ati “Twaje kumva amakuru ko hari imodoka zirimo gutwara abanyeshuri zibakura ku bigo bigaho iziza i Kigali zibageza kuri Stade ya Nyamirambo niko kujyayo ngo turebe ko twabona ubufasha bwo kugera iwacu. Ubwo nibwo twahageze shoferi w’iriya modoka adusanga aho twari duhagaze atubaza abantu bashaka kujya i Musanze tumubwira ko tujyayo aduca ibihumbi 10 tumubwira ko ntayo dufite nyuma twumvikana ko buri umwe amwishyura ibihumbi 7.”

    Manikuza Goderiva nawe yavuze ko shoferi ariwe wagendaga ahamagara abakiriya bajya i Musanze niko guhita binjira mu modoka. Yasabye imbabazi avuga ko barenze ku mabwiriza bayazi yo kurwanya icyorezo cya Covid-19.

    Ati “Ndagira inama abandi ko bajya bumva inama n’amabwiriza bahabwa n’abayobozi bacu kuko iki cyorezo kimeze nabi nta munsi w’ubusa gisiba guhitana abantu. Abantu rero birindi batazagwa mu makosa nk’aya twakoze hato batazaba ba nyirabayazana mu kwandura Covid-19 cyangwa bakanduza imiryango yabo.”

    Umushoferi wari utwaye abo bagenzi, Ndayisaba Daniel yavuze ko asanzwe akorera mu Mujyi wa Musanze yageze kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo azanye abanyeshuri bo mu ishuri rya IPRC Nyakinama agahita yigira inama yo gushaka abagenzi asubiranayo.

    Yagize ati “Naturutse i Musanze ngeze kuri Stade nzanye abo banyeshuri bamaze kuvamo nashyizemo Nizeyimana Theodore kuko we dusanzwe tuziranye twari twanavuganye ko ndibuhamusange nkamugeza i Musanze. Nyuma nibwo naje kubona n’abo bandi bajyayo nabo ndabatwara. Muby’ukuri narenze ku mabwiriza nyazi cyane ko niyumvishaga ko nta kibazo ndibuhure nacyo mu nzira kuko nabonaga ari bake.”

    Ndayisaba Daniel yagiriye inama abashoferi bakora cyangwa batekereza gukora nk’ibyo yakoze ko babyirinda kuko bazafatwa bakabihanirwa ahubwo ko bakurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko iyo modoka yafashwe n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ubwo yari igeze aho Akarere ka Nyarugenge gahanira imbibe n’Akarere ka Rulindo.

    Yagize ati “Kuva amabwiriza yasohoka avuga ko ingendo zitemewe hagati y’Uturere twagiye tubona amakuru y’abantu barenga kuri ayo mabwiriza bagatwara abantu mu tundi turere ariko kubera imikoranire myiza dufitanye n’abaturage bakaduha amakuru bamwe tukabafata. Uyu mushoferi nawe yazanye abanyeshuri mu gusubihrayo atwara abantu bitemewe arenga ku mabwiriza nkana.”

    CP Kabera yavuze ko mbere y’uko ayo mabwiriza ashyirwa mu bikorwa hatanzwe umunsi umwe ngo abantu bisuganye bagere aho bakagombye kuba bari ariko harimo abatarabyubahirije.

    Ati “Tumaze kubona ko hari abaturage bubahiriza amabwiriza bakirinda iki cyorezo hakaba n’abandi bakorera ku jisho rya Polisi, icyiciro cya gatatu kikabamo abandi bicara bagahimba amayeri bashaka kungukira mu bandi. Reba nk’ubu aba baturage bari bagiye kwishyura itike y’ibihumbi birindwi kandi ubusanzwe siyo igenderwaho kugera i Musanze, ugasanga rero hari abashaka kungukira muri ibi bibazo turimo nyamara bakirengagiza ko izo nyungu zigira ingaruka z’ako kanya. Urugero iyi modoka irafungwa nawe akurikiranwe ahanwe bityo ibyo yari yizeye nk’inyungu bimubere igihombo gusa.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagiriye inama abaturarwanda muri rusange ko umuntu wese uzakomeza kurenga kuri aya mabwiriza akeka ko Polisi idahari, amenye ko abaturage bahari kandi ko azafatwa agahanwa icyaba cyiza ari uko buri wese yakurikiza amabwiriza yose uko yakabaye.

  • #Kwibohora27: Dore bimwe mu bikorwa by’ingenzi byahinduye imibereho y’abaturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umudugudu w
    Umudugudu w’icyitegererezo ingabo zubakiye abaturage i Nyagatare

    Gahunda zitandukanye ziteza imbere umuturage no guteganyiriza ejo hazaza zashyizwemo imbaraga mu kwibohora ingoyi y’ubujiji harimo uburezi budaheza hagamijwe iterambere kuko u Rwanda rwifuza ko habaho iterambere rishingiye ku bumenyi.

    Ni muri urwo rwego Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba zikomeye zirimo kubakira rimwe ibyumba bisaga ibihumbi 20, byose bikaba byaruzuye kandi abanyeshuri batangiye kubyigiramo bituma nibura ubucucike mu ishuri buva hejuru ya 60% bugera kuri 45%, byagabanyije kandi ingendo abana bakoraga bajya kwiga kure kuko nibura umwana atagikora ibirometero birenze bitanu ajya anava ku ishuri.

    Urugero ni nko mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo aho umuyobozi wako Habarurema Valens avuga ko huzuye ibyumba by’amashuri bisaga 600 muri uyu mwaka akaba ari urugero rwiza rwo Kwibohora ingoyi y’ubujiji kandi bigatanga icyizere ku guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda.

    Agira ati, “Turashimira Leta n’abafatanyabikorwa bayo batumye kugeza ubu tumaze kwiyubakira ibyumba by’amashuri 600, harimo ibishya n’ibyongewe ku bigo bisanzwe bizatuma abana bacu batongera kuvunika bajya kwiga kure kandi baruhuke ingendo bakoraga, n’umubare w’abata amashuri ugabanuke”.

    Girinka Munyarwanda imaze kugera ku bantu basaga ibihumbi 90

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ubukene bukabije bwatumye ikigereranyo cy’icyizere cyo kubaho kijya munsi y’imyaka 40, ariko ubu kigeze hejuru y’imyaka 60 ku Munyarwanda, urugendo rw’iterambere ni rwo rutuma iki cyizere kirushaho kuzamuka kandi ntibyashoboka abaturage bari mu bukene.

    Gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ yatangijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame iteganya ko nibura imiryango igera ku 257 000 ikennye kurusha indi mu gihugu hose ari yo izafashwa kubona inka, kugeza ubu hakaba hamaze kworozwa imiryango 92 000.

    Aho izi nka zigeze ubukene bugenda buba amateka. Urugero ni nko mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Horezo mu Karere ka Muhanga aho Perezida wa Repubulika yagabiye inka imiryango isaga 100 yahatujwe kuva mu mwaka wa 2018 ubu bamwe inka zabo zimaze kubyara kabiri.

    Bavuga ko kuba baravanywe mu manegeka ubuzima bwabo bukongera kuba bwiza babikesha izo nka bahawe n’umukuru w’Igihugu kandi bitari gushoboka iyo u Rwanda ruba rudafite umutekano rukesha kwibohora.

    Uwizeyimana Vincent waje kuhatuzwa atagira ikintu na kimwe avuga ko inka yagabiwe imaze kubyara kabiri akaba yarituye imwe mu zo yabyaye akaba asigaranye nyina n’iyayo mu gihe cy’imyaka ibiri akaba ahamya ko iyo ari inyunganizi ikomeye mu kwiteza imbere.

    Agira ati “Nta mvune tukigira kuko dufite ibikoresho byose by’ibanze hafi yacu, inka baduhaye zimeze neza turanywa amata, nta kibazo ntawe ukiremba kubera ko twivuriza hafi, hano haranzwe n’amateka mabi y’intambara z’abacengezi ariko ubu Leta nziza yaratubohoye hari aho twavuye n’aho tugeze.

    Yongeraho ko kwibohora ari isoko yo kwigira koko kuko ashingiye ku nka amaze kunguka nyuma yo kugabirwa na Perezida wa Repubulika, ashobora kubiheraho yiteza imbere akaba yakwigurira nk’isambu mu minsi iri imbere.

    Kubakira abatishoboye ni imwe mu ngamba zigamije kubohora abaturage mu bukene

    Gahunda ya Leta yo kubakira abatishoboye bagatuzwa heza na yo yagize akamaro gakomeye cyane mu iterambere ry’umuturage kuko buri karere nibura gafite umuhigo w’inzu zigomba kubakirwa abatishoboye bagatuzwa mu midugudu y’icyitegerezo.

    Perezida wa Repubulika amaze gutaha imidugudu itandukanye y’icyitegerezo mu gihugu harimo uwa Horezo mu Karere ka Muhanga, watashywe 2018 abaturage bagahabwa inka, uwa Gicuro muri Nyagatare 2019 abaturage bahawe umushinga wo korora inkoko kandi bahabwa amazu meza yujuje ibisabwa.

    Uyu mwaka Kwibohora ku nshuro ya 27 abaturage bubakiwe umudugudu w’icyitegerezo wa Kinigi uherereye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wubatsemo inzu 144 zikubiye mu ma boroke atandatu (6), ukaba ugiye gutuzwamo imiryango 144, yari ituye mu buryo butaberanye n’ako gace k’ubukerarugendo, aba mbere bakaba barashyikirijwe inzu zabo kandi begerezwa umushinga wo Korora inkoko zizabafasha kwiteza imbere.

    Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo muri uyu mudugudu
    Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo muri uyu mudugudu

    Buri turere kandi twashyizeho gahunda yo kubakira abatishoboye amazu ku bacitse ku icumu rya Jenoside n’abandi baturage ku buryo buri mwaka hatahwa amazu mashya kandi yujuje ibisabwa by’ibyanze umuturage akenera hagamijwe gukomeza kumuteza imbere.

    Gahunda ya VUP imaze gushorwamo asaga miliyari zisaga 290

    Gahunda ya VUP igizwe n’ibyiciro bitatu aho abageze mu zabukuru bahabwa inkunga y’ingoboka mu mafaranga ibihumbi birindwi buri kwezi yo kubatunga yiyongera bitewe n’abagize umuryango.

    Hari kandi abahabwa imirimo bagakoresha amaboko bahembwa buri minsi 15 bakabasha gutunga imiryango yabo, n’abahabwa inguzanyo iciriritse bakabasha gucuruza no gushora mu mirimo y’ubuhinzi n’ubworozi.

    Dufashe nibura mu mwaka wa 2017-2018, gahunda ya VUP yageze ku bagenerwabikorwa 283,990 bo mu mirenge 416, hakoreshejwe ingengo y’imari ya miliyari 35,4 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu mwaka ushize wa 2018-2019, gahunda ya VUP yageze ku bagenerwabikorwa 293,314, hakoreshejwe ingengo y’imari ingana na miliyari 45,3 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Munyakayanza Emmanuel wo mu Karere ka Nyaruguru, we yatangiye gukora imirimo y’amaboko muri VUP guhera mu mwaka wa 2011.

    Avuga ko amafaranga yagiye ahembwa yamufashije kuzamura imibereho y’umuryango we, bakaba batakibarizwa mu bakene.

    Ati “Nahoze mu bwigunge mbona nta terambere nageraho, ariko nagiye mu bandi turakora, duca amaterasi, dukora imihanda, bakaduhemba. Amafaranga narayikenuje, ngura amatungo, ubu nanjye ndoroye, kandi sinkibarirwa mu bakene aho ntuye”.

    Kongera amavuriro ni kimwe mu bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage

    Hirya no hino mu Gihugu iterambere ry’imibereho myiza ryazamuwe no kubaka amavuriro akomeye n’aciriritse aho nibura buri kagari kagira ivuriro riciriritse ikigo nderabuzima cyangwa ibitaro, muri urwo rwego mu mujyi wa Kigali havuguruwe gahunda zo gutanga ubuvuzi ku bitaro byitiriwe umwami Faisal ku buryo Abanyarwanda batazongera kujya kwivuza hanze indwara zikomeye.

    Hari kandi ibitaro byagiye byubakwa hirya no hino mu turere nk’ibya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, aho kuva ku wa Gatatu tariki 14 Mata 2021 byatangiye kwakira abarwayi bahivuriza.

    Hari kandi ibitaro bya Munini mu Karere ka Nyaruguru abaturage bemerewe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, byamaze kuzura bizaha serivisi nziza abaturage, kandi byose babikesha kwibohora.

    Mu bikorwa remezo hubatswe imihanda ihuza Uturere n’Intara

    Ubuhahirane ni inkingi ikomeye mu iterambere kandi ntiyagerwaho nta buryo bwo kugenderana ari yo mpamvu hamaze kubakwa imihanda myiza ihuza uturere n’Intara. Urugero ni nk’umuhanda wa kaburimbo wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi witezweho kuvana mu bwigunge abaturage basaga ibihumbi 18.

    Umuturage witwa Dusengimana Daniel agira ati “Uyu muhanda uzadufasha guhahirana n’Akarere ka Nyamagabe ndetse no mu bindi bice by’Akarere ka Rusizi, nka Kamembe kugerayo byari bihenze cyane.”

    Yongeraho ati, “Reba gufata moto y’ibihumbi bine ukagera k’Uwinka ugatega imodoka igera i Kamembe, umuhanda wa kaburimbo uzatuma igiciro kigabanuka kigere hagati ya 3000 na 2500 kuri moto.”

    Hari kandi nk’umuhanda wa kaburimbo ujya i Nyaruguru uvuye i Huye wamaze kuzura abaturage bakaba barakuwe mu bwigunge kandi ukazagira uruhare mu koroshya ubukerarugendo bushingiye ku Iyobokamana bubera i Kibeho muri ako Karere.

    Mituweli na Ejo Heza bigamije gusazisha neza Abanyarwanda

    Kwiteganyiriza muri Ejo Heza n’ubwisungane mu kwivuza ni inzira yo kugira ubuzima buzira umuze kandi abageze mu zabukuru bakagira ikibaherekeza, ari na yo mpamvu uturere twose twahize kuba abaturage batwo bizigamira muri gahunda ya Ejo Heza kandi henshi uwo muhigo wagezweho ku ijanisha rya buri mwaka w’imihigo.

    Iyi gahunda nshya igamije gutuma nibura Abanyarwanda bizigamira bakazajya bahabwa amafaranga mu gihe cy’amasaziro yatangijwe muri 2018, muri 2020 nibura Abanyarwanda ibihumbi 400 bari bamaze kwiyandikisha naho, ibihumbi 200 bari bamaze kwizigamira Miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Ubwisungane mu kwivuza ho Abanyarwanda bamaze kugera ku rwego rushimishije kuko hari n’uturere twesheje umuhigo wa Mituweli 100%, hakaba n’ahandi nibura usanga baramaze no gutanga ubwisungane mu kwivuza bw’umwaka wa 2022.

    Amazi n’amashanyarazi, inkingi nyamukuru y’imibereho myiza

    Kwegereza amazi n’amashanyarazi abaturage ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi byashyizwemo imbaraga aho nibura biteganyijwe ko mu mwaka wa 2024 buri muturage azaba afite amashanyarazi akomoka ku muyoboro mugari cyangwa ku mirasire y’izuba.

    Amazi meza na yo kandi agomba nibura kuba yageze kuri buri muryango ku buryo nta muntu uzaba ajya gushaka amazi meza akoze urugendo ruri hejuru ya metero 500, henshi mu gihugu ijanisha rikaba rihagaze neza.

    Uruganda rw
    Uruganda rw’amazi rwa Kanzenze mu Bugesera rwitezweho gukemura ibura ry’amazi i Kigali n’i Bugesera

    Mu mujyi wa Kigali no mu Ntara imishinga minini yo kuhageza amazi irakomeje kandi henshi batangiye gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi.

    Ubwishingizi bw’amatungo no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi

    Mbere ya Jenoside abaturage bahingiraga inda ugasanga ibihingwa ngengabukungu ari ikawa gusa n’icyayi ariko ibi byose byashyizwemo imbaraga, bizamurwa ku buso bunini kandi ikawa n’icyayi cy’u Rwanda bihagaze neza ku isoko mpuzamahanga.

    Ubworozi bwatejwe imbere aho ubusanzwe umuturage yororaga inka zagira ikibazo cyo gupfa agasigara yigunze ariko ubworozi buvuguruye buteganya ko nibura inka zishyirwa mu bwishingizi, andi matungo nk’ingurube n’inkoko na byo bikaba byarashyiriweho ubwishingizi umuturage yahura n’ikibazo bukamugoboka.

    Umusaruro ukomoka ku mata na wo ugenda ubungabungwa ngo umuturage arusheho kwiteza imbere aho usanga harubatswe amakusanyirizo y’amata yo kubafasha kugurisha no gufata neza umusaruro wabo.

    Mu buhinzi na ho Ibiza byangizaga imyaka abaturage bagahomba ariko ubu byarakemutse aho nibura ibihingwa birimo umuceri, ibigoli, ibishyimbo byashyiriweho ubwishingizi ubu amakoperative y’ubuhinzi ku butaka buhuje akaba yaratandukanye n’icyo kibazo.

  • Umushoferi yafashwe ajyanye abagenzi i Musanze abavanye i Kigali bitemewe – #rwanda #RwOT

    Yari ibatwaye mu buryo bunyuranije n’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19, buri mugenzi shoferi yari yamuciye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi birindwi kugira ngo amugeze mu Karere ka Musanze.

    Niyikiza Isaac umwe muri aba bagenzi wari uri kumwe n’umugore we, yavuze ko baje ku itariki ya 21 Kamena baje gucuruza imbabura zikorwa mu mabuye nk’uko bisanzwe mu Mujyi wa Kigali, nyuma ngo bumva itangazo ko nta muntu wemerewe kurenga Akarere ajya mu kandi babura uko basubirayo niko kuguma muri Kigali.

    Yagize ati “Twaje kumva amakuru ko hari imodoka zirimo gutwara abanyeshuri zibakura ku bigo bigaho iziza i Kigali zibageza kuri Stade ya Nyamirambo niko kujyayo ngo turebe ko twabona ubufasha bwo kugera iwacu. Ubwo nibwo twahageze shoferi w’iriya modoka adusanga aho twari duhagaze atubaza abantu bashaka kujya i Musanze tumubwira ko tujyayo aduca ibihumbi 10 tumubwira ko ntayo dufite nyuma twumvikana ko buri umwe amwishyura ibihumbi 7.”

    Manikuza Goderiva nawe yavuze ko shoferi ariwe wagendaga ahamagara abakiriya bajya i Musanze niko guhita binjira mu modoka. Yasabye imbabazi avuga ko barenze ku mabwiriza bayazi yo kurwanya icyorezo cya Covid-19.

    Ati “Ndagira inama abandi ko bajya bumva inama n’amabwiriza bahabwa n’abayobozi bacu kuko iki cyorezo kimeze nabi nta munsi w’ubusa gisiba guhitana abantu. Abantu rero birindi batazagwa mu makosa nk’aya twakoze hato batazaba ba nyirabayazana mu kwandura Covid-19 cyangwa bakanduza imiryango yabo.”

    Umushoferi wari utwaye abo bagenzi, Ndayisaba Daniel yavuze ko asanzwe akorera mu Mujyi wa Musanze yageze kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo azanye abanyeshuri bo mu ishuri rya IPRC Nyakinama agahita yigira inama yo gushaka abagenzi asubiranayo.

    Yagize ati “Naturutse i Musanze ngeze kuri Stade nzanye abo banyeshuri bamaze kuvamo nashyizemo Nizeyimana Theodore kuko we dusanzwe tuziranye twari twanavuganye ko ndibuhamusange nkamugeza i Musanze. Nyuma nibwo naje kubona n’abo bandi bajyayo nabo ndabatwara. Muby’ukuri narenze ku mabwiriza nyazi cyane ko niyumvishaga ko nta kibazo ndibuhure nacyo mu nzira kuko nabonaga ari bake.”

    Ndayisaba Daniel yagiriye inama abashoferi bakora cyangwa batekereza gukora nk’ibyo yakoze ko babyirinda kuko bazafatwa bakabihanirwa ahubwo ko bakurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko iyo modoka yafashwe n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ubwo yari igeze aho Akarere ka Nyarugenge gahanira imbibe n’Akarere ka Rulindo.

    Yagize ati “Kuva amabwiriza yasohoka avuga ko ingendo zitemewe hagati y’Uturere twagiye tubona amakuru y’abantu barenga kuri ayo mabwiriza bagatwara abantu mu tundi turere ariko kubera imikoranire myiza dufitanye n’abaturage bakaduha amakuru bamwe tukabafata. Uyu mushoferi nawe yazanye abanyeshuri mu gusubihrayo atwara abantu bitemewe arenga ku mabwiriza nkana.”

    CP Kabera yavuze ko mbere y’uko ayo mabwiriza ashyirwa mu bikorwa hatanzwe umunsi umwe ngo abantu bisuganye bagere aho bakagombye kuba bari ariko harimo abatarabyubahirije.

    Ati “Tumaze kubona ko hari abaturage bubahiriza amabwiriza bakirinda iki cyorezo hakaba n’abandi bakorera ku jisho rya Polisi, icyiciro cya gatatu kikabamo abandi bicara bagahimba amayeri bashaka kungukira mu bandi. Reba nk’ubu aba baturage bari bagiye kwishyura itike y’ibihumbi birindwi kandi ubusanzwe siyo igenderwaho kugera i Musanze, ugasanga rero hari abashaka kungukira muri ibi bibazo turimo nyamara bakirengagiza ko izo nyungu zigira ingaruka z’ako kanya. Urugero iyi modoka irafungwa nawe akurikiranwe ahanwe bityo ibyo yari yizeye nk’inyungu bimubere igihombo gusa.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagiriye inama abaturarwanda muri rusange ko umuntu wese uzakomeza kurenga kuri aya mabwiriza akeka ko Polisi idahari, amenye ko abaturage bahari kandi ko azafatwa agahanwa icyaba cyiza ari uko buri wese yakurikiza amabwiriza yose uko yakabaye.

    Aba bagenzi ngo umushoferi yari yabijeje kubageza i Musanze nubwo amabwiriza yo kwirinda Covid-19 atabyemera

    Ubwo imodoka yari imaze guhagarikwa, abagenzi bakavanwamo

  • Musanze: Gitifu w’umurenge wa Nyange yasezeye mu buryo butunguranye – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’iyegura ry’uyu Gitifu yamenyekanye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu tariki 3 Nyakanga 2021 nyuma y’uko avuye mu mirimo yo kwitegura umunsi mukuru wo kwibohora urabera mu Kinigi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yemeje aya makuru, avuga ko yabandikiye kuri ubu bakaba bagiye gusuzuma ubwegure bwe niba bufite ishingiro.

    Yagize ati “Nibyo yeguye, yatwandikiye asaba kandi iyo umuntu yanditse gutyo arasubizwa, tugiye gusuzuma ubusabe bwe turebe niba bufite ishingiro kandi ubundi akenshi iyo umuntu yanditse kuriya aba afite impamvu”.

    Abajijwe ku mpamvu yaba yamuteye gusezera ku mirimo ye muri iki gihe, Gitifu Muremangingo yabwiye IGIHE ko nta kindi kidasanzwe ari uko agiye gukomeza amasomo kandi ko kubifatanya bitari kumworohera.

    Yagize ati ” Nibyo nasabye kuba mpagaritse imirimo nakoraga kuko ngiye kwiga Master’s kandi ntabwo nari kubifatanya n’akazi. Birumvikana sinasezera ushuri ritaraboneka ariko ni ukugira ngo mbe nuzuza n’impapuro zisabwa.”

    Gitifu Muremangingo Jérôme wari uw’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze yanayoboye Umurenge wa Shingiro nawo wo muri ako Karere. Uyu mugabo mu minsi ishize yafashwe mu barenze ku mabwriza yo kwirinda Covid-19.

    Muremangingo Jérôme yeguye ku mpamvu yita ize bwite nubwo amaze igihe iminsi avugwaho amakosa