Tag: featured

  • Nyamagabe na Nyaruguru bagiye kujya bahabwa ishwagara kuri Nkunganire #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahinzi b
    Abahinzi b’ibirayi b’i Nyamagabe na Nyaruguru bizeye ko ishwagara bazahabwa izatuma beza kurushaho

    Ni nyuma y’uko tariki 5 Mata 2021 ab’i Nyaruguru bari babwiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, ko Perezida wa Repubulika yabemereye ishwagara, nyamara bakaba batayihabwa.

    Icyo gihe bamugejejeho icyifuzo cyo kuyihabwa kuri Nkunganire, nyuma y’uko hari abayihawe bagomba kwishyura ntibabikore, na we abemerera kuzabakorera ubuvugizi.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, ubwo yaganiraga n’abaturage bahagarariye abandi mu Murenge wa Gatare mu Karere ka Nyamagabe, ku itariki 16 Kamena 2021, yababwiye ko ishwagara abahinzi bifuje bagiye kuyihabwa.

    Yagize ati “Akarere ka Nyamagabe n’aka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo ni two twashyizwe muri gahunda ya Nkunganire ku ishwagara. Amafaranga mwagenerwaga yariyongereye kuko twayakuye mu tundi turere twose, kandi ishwagara tuzabaha si nk’iyo mwajyaga mugura ya kabiri. Ni iya mbere”.

    Yanifuje ko abahinzi bazitabira kuyifashisha, kugira ngo ubuhinzi bwabo butere imbere.

    Abahinzi basanzwe bifashisha ishwagara bakiriye neza iyi nkuru, cyane cyane bishimira kuba bagiye kujya bahabwa inziza kurusha izindi.

    Jean Baptiste Habanabakize wo mu Murenge wa Gatare yagize ati “Ibirayi twari tugeze aho dusarura toni 25 gusubiza hejuru kuri hegitari, ariko nitubona iyongiyo nziza tuzageza no muri 30 ndetse no muri 35 nk’uko mu Ruhengeri beza”.

    Narcisse Karengera, umuhinzi wabigize umwuga w’i Muganza mu Karere ka Nyaruguru, ari na we wagejeje icyifuzo cyo guhabwa ishwagara kuri Perezida w’u Rwanda ubwo yasuraga Akarere ka Nyaruguru, na we yishimiye kuba bagiye kujya bahabwa ishwagara kuri Nkunganire, kuko inziza urebye ngo yabageragaho ihagaze ku mafaranga 120/Kg, kandi bakenera toni 2.5 kuri hegitari, zikamaramo imyaka ibiri.

    Agira ati “MINALOC baradusuye baranabimbwira ko bayitwemereye, ariko twateguye imirima, iyo itugeraho ubu tuba twaratangiye kuyishyira mu butaka kuko twamaze gutabira”.

    Dr. Charles Bucagu umuyobobozi. mukuru wungirije ushinzwe ubuhinzi muri RAB, avuga ko ishwagara izagera ku bahinzi hagati muri Kanama, ku buryo bazayiteresha mu gihembwe cy’ihinga gitaha.


  • Nyabihu: Kubwira abato amateka mabi igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bashyize indabo ku mva mu Rwibutso rwa Mukamira mu rwego rwo kunamira abaharuhukiye
    Bashyize indabo ku mva mu Rwibutso rwa Mukamira mu rwego rwo kunamira abaharuhukiye

    Nyabihu Survivors Family, ni umuryango ugizwe n’abantu basaga 200, babarizwa hirya no hino mu gihugu no hanze yacyo, barokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu byahoze ari amakomini ya Nkuri, Karago, Giciye, Nyamutera na Mutura, ayo makomini akaba ari yo yaje guhuzwa, akabyara Akarere ka Nyabihu.

    Ngabonziza Louis, uhagarariye uyu muryango yagize ati “Muri aka gace Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ubukana bukomeye, bitewe n’uko ahanini benshi mu bategetsi bayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ariho banakomokaga. Kuba twaragize amahirwe akomeye yo kuyirokoka, dushaka gukomeza kuyubakiraho, tunifashisha ibimenyetso bigaragaza neza ayo mateka, tukarushaho kwigisha abana bacu ingaruka byagize ku gihugu cyacu”.

    Kuba mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi harimo n’abari urubyiruko, byatewe n’uko abateguye umugambi wa Jenoside, babatoje urwango n’amacakubiri, kuva bakiri bato, bigera ubwo babumvisha ko no kumena amaraso ari ibintu bisanzwe.

    Bamwe mu bagize Umuryango Nyabihu Survivors Family basanga kubwira abakiri bato amateka mabi igihugu cyanyuzemo bizabarinda abayababwira mu buryo bugoretse
    Bamwe mu bagize Umuryango Nyabihu Survivors Family basanga kubwira abakiri bato amateka mabi igihugu cyanyuzemo bizabarinda abayababwira mu buryo bugoretse

    Urubyiruko n’abakiri bato b’iki gihe ngo icyo bakwiye kwigishwa mu buryo bwimbitse, ni ingaruka byagize ku muryango nyarwanda, no kubakangurira kurangwa n’imyitwarire yo guharanira ko ayo mateka atazasubira ukundi.

    Ati “Icyo twifuza ni ukugira ngo ayo mateka nibayamenya neza uko ari, na bo bazakure baharanira ko inyungu iri kurinda ko igihugu cyabo gihungabana, ari na ko barwanya ikintu icyo ari cyo cyose cyabashora mu mutego w’abashaka kongera kucyoreka”.

    Ku wa Gatandatu tariki 3 Nyakanga 2021, ubwo hasozwaga iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abagize umuryango Nyabihu Survivors Family, bibutse ababo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi; umuhango wabereye mu Karere ka Nyabihu ku rwibutso rwa Mukamira, abawitabiriye bunamira banashyirwa indabo ku mva iruhukiyemo imibiri 2202.

    Juru Anastase ukuriye Ibuka mu Karere ka Nyabihu
    Juru Anastase ukuriye Ibuka mu Karere ka Nyabihu

    Juru Anastase, umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyabihu, yibukije abitabiriye uyu muhango ko bafite umukoro wo gukomeza urugamba rwo kubaka igihugu, nyuma y’amateka mabi cyanyuzemo.

    Yagize ati “Dushima Leta yemeye guhuza Abanyarwanda ikanabashyiriraho gahunda zibahuza, hadashingiwe ku moko nk’uko Leta yateguye Jenoside yabigenje. Ubu nta muntu ukibona mugenzi we, mu ndorerwamo y’Ubututsi, Ubuhutu cyangwa Ubutwa. Gusa na none ntitwakwirengagiza ko hari abahora bifuza ko iyo mbuto nziza twabibye y’ubunyarwanda nyabwo irandurwa, bashaka kubiba imbuto mbi y’ingengabitekerezo ya Jenoside”.

    Yongera ati “Icyo mbwira urubyiruko nk’imbaraga z’igihugu, nirufatire urugero ku rugamba FPR Inkotanyi yarwanye, baharanire kubaka Ubunyarwanda nyabo, bakunde igihugu cyababyaye, bashyire hamwe kandi baharanira kugikorera batiganda. Ni wo musingi igihugu cy’ahazazakizira amacakubiri kizaba cyubakiyeho”.

    Abitabiriye uyu muhango, boroje inka, umubyeyi w’abana bane warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, witwa Nyirafishi Consolée, wo mu Kagari ka Jaba, Umurenge wa Mukamira, akaba yishimiye ko igiye kujya imukamirwa.

    Agira ati “Kuba aba bagira neza bantoranyije bakangabira iyi nka nziza gutya, byandenze kandi biranejeje cyane. Ngiye kuyifata neza kugira ngo izabashe kudukamirwa tunywe amata. Ikindi ni uko izaduha ifumbire yo kwifashisha mu buhinzi, umusaruro na wo wiyongere. Muri macye ntewe ishema no kuba norojwe inka”.

    Nyirafishi yagabiwe inka
    Nyirafishi yagabiwe inka

    Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakomoka mu Karere ka Nyabihu, ngo ihaye intego y’uko buri mwaka bajya boroza bagenzi babo, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kwiyubaka. Umuryango wa Nyirafishi ukaba wiyongereye ku yindi miryango ibiri na yo yorojwe inka, kuri ubu zanatangiye kororoka.


  • Nyiramugengeri y’i Gisagara yatangiye gutanga amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Imirimo yo kubaka uru ruganda izasozwa mbere y’uko umwaka wa 2021 urangira ari nabwo ruzaba rutanga megawati 80 nk’uko biteganyijwe, ariko ku itariki 09 Kamena 2021 rwatangiye kugeragezwa rugatanga amashanyarazi angana na megawati 40 mu cyiciro cya mbere cy’igeragezwa.

    Umuyobozi Mukuru ukuriye imirimo yo kubaka uruganda rw’amashanyarazi rwa Hakan, Dominique Gubbini, yavuze ko imirimo yo kubaka uru ruganda izasozwa rutwaye amadolari asaga miliyoni magana ane (400,000,000 $). Ni hafi miliyari 400 Frw.

    Gubbini yavuze ko ubusanzwe uru ruganda ruba rwaratangiye gutanga amashanyarazi uhereye muri Mutarama 2021, ariko byagiye bitinda bitewe n’ibibazo byatewe n’ingaruka za Covid-19, aho rimwe na rimwe ibikoresho byo kurwubaka byageraga mu Rwanda bitinze.

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko uru ruganda nirurangira rwose rugashyirwa ku muyoboro mugari bishobora gutuma igiciro cy’amashanyarazi kigabanuka kuko amashanyarazi akomoka kuri Nyiramugengeri adahenze cyane ugereranyije n’amashanyarazi akomoka ku mazi cyangwa akoresha mazutu.

    Yongeraho ko Nyiramugengeri iri mu gishanga cy’i Mamba ihagije, ku buryo yazifashishwa mu gihe cy’imyaka ibarirwa muri 26 cyangwa irenga.

    Ibi kandi biherutse gushimangirwa na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Claver Gatete, ubwo yasuraga uru ruganda umwaka ushize wa 2020, aho yemeje ko nirwuzura ruzagabanya ikiguzi cy’amashanyarazi kubera ko akomoka kuri nyiramungeri kuyabyaza umusaruro bihendutse ugereranyije n’atangwa aturutse mu kubyaza umusaruro amazi.

    Uru ruganda ruzajya rutanga amashanyarazi anyuzwe muri sitasiyo ya Mamba ndetse no kuri sitasiyo ya Rwabusoro mu Karere ka Nyanza na Rilima muri Bugesera abone kugezwa mu muyoboro rusange.

    Usibye gutanga amashanyarazi uru ruganda rwatanze akazi ku batuye mu Karere ka Gisagara, aho rwatangiye rukoresha abakozi basaga 2000 ariko ubu imirimo iri gusozwa rukaba ruri gukoresha abakozi basaga 500.

    Mu kurushaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu, Leta y’u Rwanda yihaye intego ko buri muturarwanda azaba afite amashanyarazi bitarenze umwaka wa 2024.

    Aha niho haba amazi ashyushywa na Nyiramugengeri agatanga ingufu zibyazwamo amashanyarazi

    Ibikoresho by’imbere mu ruganda byamaze gushyirwamo no gutunganywa

    Uru ruganda ururebeye ahantu hitaruye ni uku ruba rugaragara

    Uru ruganda ruri mu igeragezwa harebwa ko rushobora gutanga MW 40

    Iruhande rw’uruganda hari sitasiyo yakira amashanyarazi aruvuyemo ikayashyira ku bipimo bikenewe

  • Nizeyimana Olivier, umunyemari wihebeye ruhago; yaba ari we mucunguzi wa Ferwafa? – #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi ibiri, uru rwego ruri mu zibumbatiye ibyishimo bya benshi dore ko rureberera umwe mu mikino benshi bihebeye, rubonye umuyobozi mushya, ukiri muto, ukunda ruhago byasaze.

    Azwi nka Cafu! Ku bakunzi ba ruhago, muzi Marcos Evangelista de Morais, umunya-Bresil wabaye umwe muri ba myugariro ba “Samba Boys” wegukanye ibikombe bibiri by’Isi mu 1994 na 2002. Uwarebye AC Milan mu myaka ya 2006 ubwo yari yarigaruriye u Burayi aramuzi. Ni we Nizeyimana Olivier yiyitirira kugeza n’aho “twitter handle” ye yitwa “CafuOli”.

    Ni umugabo wubatse kuva mu 1999 ndetse afite abana batatu. Bigaragara ko umupira w’amaguru umuri mu maraso nubwo nta kipe izwi yakiniye uretse kuwukina bisanzwe. Ajya agira atya akurira rutema ikirere dore ko kuri we itike atari ikibazo, akajya i Camp Nou agakurikira imikino ya FC Barcelone abereye umunyamuryango.

    Umukino wa ¼ cya UEFA Champions League, FC Barcelone yanyagiyemo Manchester City ibitego 4-0 mu Ukwakira 2016, ni umwe mu yo yarebeye i Camp Nou, aho ajya agira intebe ye yicaraho.

    Urwo rukundo rwa ruhago rwamukuye i Kanombe rukamugeza i Catalonia, ni rwo rwatumye ajya mu Majyepfo maze akiyemeza guteza imbere ikipe y’i Huye, akayibera Perezida kuva mu 2011 kugeza mu 2021, aho yayishoragamo ari hagati ya miliyoni 80 Frw na miliyoni 100 Frw ku mwaka.

    Mu myaka ine ishize, uwari Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Vincent De Gaulle, yifuje ko yamwungiriza muri manda ya kabiri yari yiyamamajemo mu 2017, ariko uyu wayoboraga Mukura VS, avuga ko afite inshingano nyinshi. Ubanza ari igihe cyari kitaragera!

    Nizeyimana Olivier w’imyaka 48, yabanje kuba umushoferi w’abazungu mbere y’uko ashinga sosiyete itwara abagenzi ya Volcano Ltd mu 1999 ubwo yasozaga Kaminuza y’u Rwanda i Huye, aho yageze mu 1995. Iyi sosiyete, yayishinze atangiriye ku modoka ebyiri gusa zavuye mu mafaranga yagurijwe n’Umuyobozi wa Akagera Motors mbere yo gukorana n’amabanki.

    Ibyo bigaragaza uburyo ari umuntu ushabika cyane kandi akaba arazwa ishinga no gukora ibyo yiyemeje kugeza abigezeho. Abamuzi, bavuga ko ari umugabo ubyuka kare, akaryama atinze.

    Uretse kuba umunyemari wikorera, asanzwe kandi ari mu bayobozi b’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), aho ayobora Ishami ry’Ubucuruzi na Serivisi.

    Mu kazi ke kenshi agira, ntajya abura umwanya wo gukurikirana imikino y’umupira w’amaguru ndetse yakundaga kugaragara kenshi ku kibuga iyo Mukura Victory Sports yabaga yakinnye, Ikipe y’Igihugu cyangwa akitabira imikino ya FC Barcelone i Burayi, ibintu we afata nk’akazi bitewe n’urukundo rwabyo.

    Intsinzi ye muri FERWAFA yakirijwe yombi na benshi

    Ubwo yari amaze gutanga kandidatire ye mu byumweru bitatu bishize, benshi bamuhaye amahirwe yo kuyobora FERWAFA batitaye ku wundi washoboraga kwiyamamaza.

    Nyuma yo gutorwa ku wa 27 Kamena 2021, intsinzi ye yakiriwe neza na benshi barimo abahoze bayobora FERWAFA, Martin Ngoga wigeze kuba Visi Perezida wayo, ubu akaba ari Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), Ambasaderi Nduhungirehe Olivier n’abandi batandukanye.

    Kwiyamamaza wenyine nyuma yo gukuramo kandidatire kwa Rurangirwa Louis, agatorwa ku bwiganze bw’amajwi 52 kuri 59 y’abatoye bose, bigaragaza icyizere afitiwe n’abanyamuryango b’iri Shyirahamwe agiye kuyobora mu myaka ine iri imbere.

    Afatwa nk’utaje gushaka indonke muri FERWAFA

    Kuba Nizeyimana Olivier yaranze kujya mu buyobozi bwa FERWAFA mu myaka ine ishize, ariko akaba aje uyu munsi, birashoboka ko abona hari icyo ashobora gukora mu guhindura no guteza imbere umupira w’u Rwanda nk’uko yabigarutseho yimamaza.

    Bamwe mu bayoboye iri Shyirahamwe, bakunze gutungwa agatoki ko baba barajwe ishinga no kuhakura indonke, aho hari abashinjwe kwihemba ibihumbi 20$ (miliyoni 19,6 Frw) nk’umushahara bagenerwa na CAF ku mwaka nyamara batarayakorera, bakisabira uduhimbazamusyi kuko baherekeje Ikipe y’Igihugu cyangwa bakirengagiza ishingano zihari bakajya mu biraka bibinjiriza menshi mu bindi bikorwa bya CAF cyangwa FIFA.

    Kuri Nizeyimana Olivier, aya mafaranga si ikibazo kuri we kuko nka sosiyete ye ya Volcano Ltd, ishobora kuyinjiza mu gihe gito ndetse biroroshye kubyumva kuko yari asanzwe atanga asaga miliyoni 80 Frw ku mwaka muri Mukura Victory Sports abinyujije muri Volcano Ltd na Hyundai.

    Nk’uwize ibijyanye na Management muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse n’amasomo y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’Imiyoborere mu by’Imari (MBA) mu Buholandi, uyu mugabo yitezweho kandi imikorere ihamye n’imikoreshereze nyayo y’umutungo wa FERWAFA dore ko afatwa nk’inyangamugayo.

    Akenshi, uzasanga bamwe bavuga ko FERWAFA ibamo amafaranga menshi nyamara ukibaza icyo akoreshwa ukakibura. Ni mu gihe nko muri uyu mwaka wa 2021, iri Shyirahamwe ryatangaje ko ingengo y’imari yaryo izaba ingana na 6.364.175.639 Frw.

    Ategerejweho kubaka FERWAFA itajenjeka no kongera gukundisha ruhago Abanyarwanda

    Ubwo yari amaze gutorwa, Nizeyimana Olivier yavuze ko mu byo we n’abo bazakorana bazibandaho harimo gushaka abaterankunga no guteza imbere umupira w’amaguru bahereye mu bakiri bato no kunoza ibijyanye n’imiyoborere mu makipe.

    Ati “Tuzashaka abaterankunga, ariko icyo tugomba guheraho ni ukwicaza abo bantu bose bafite amarerero y’abana bakiri bato, tukababaza ibibazo bafite ndetse tukabigisha no gukora mu buryo bwa kinyamwuga. Tuzategura n’amarushanwa.”

    Yakomeje avuga ko kimwe mu byo bazashakira umurongo ari amasezerano FERWAFA iherutse gusinyana na Bralirwa nk’umuterankunga uzishyura miliyoni 640 Frw mu myaka ine.

    Ati “Icyo nabizeza ni uko gahunda yo gukosora ibitaganda neza ihari. Ku bijyanye n’abaterankunga, ntabwo twishimiye ubufatanye buhari uyu munsi, gusa no kubikosora hari inzira binyuramo, tumaze iminsi tuganira ariko no kubihagarika bigira inzira binyuramo.”

    Kimwe mu byo abakurikirana cyane umupira w’amaguru muri iyi minsi batishimira ni uburyo uyobowemo, aho bamwe bashinja urwego ruwushinzwe guhuzagurika mu iyubahirizwa ry’amategeko no kutagira imikorere ihamye kandi ifite icyerekezo no kuba mu bikorwa byarwo hadakunze kugaragaramo abakinnye ku rwego rukomeye (legends).

    Kuba Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ititwara neza ndetse ibyiciro byayo bimwe ntibyitabire amarushanwa mpuzamahanga atandukanye kubera amikoro, itoneshwa ry’amakipe amwe yitwa ko ari makuru no kutagira gahunda ihamye y’amarushanwa na gahunda zo guteza imbere umupira w’amaguru biri mu byinubirwa n’abakunzi bawo.

    Kuri ibi, hiyongeraho ruswa ivugwa mu makipe n’abasifuzi bakunze gushyirwa mu majwi ariko kugeza ubu hakaba nta muntu n’umwe urumvikana yabihaniwe mu gihe kandi n’ikibazo cy’amarozi cyabaye agatereranzamba mu mupira w’u Rwanda.

    Amaso ahanzwe Nizeyimana Olivier nk’umucunguzi wa Ferwafa bityo ibyishimo bikongera gutaha mu mitima y’abanyarwanda

    Ibyakozwe n’abandi bayoboye FERWAFA mu myaka 27 ishize

    Nizeyimana Olivier yabaye Perezida wa 17 w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kuva rishinzwe mu 1976. Gusa, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ni bwo ruhago Nyarwanda yatangiye kumenyekana cyane ku rwego mpuzamanga.

    Ubwo u Rwanda rwari rumaze kubohorwa n’izahoze ari ingabo za APR mu 1994, FERWAFA yayobowe na Gasasira Ephraim wari usanzwe ari umunyamategeko, akaba yari yavuye mu ikipe ya Mukura Victory Sports.

    Uyu mugabo yayoboye FERWAFA amezi atandatu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse ategura amatora ari bwo hatorwaga Rtd. Lt Gen Caesar Kayizari wayoboye uru rwego rw’umupira w’Amaguru mu gihe cy’imyaka 10 kugeza mu 2005.

    Rtd. Lt Gen Caesar Kayizari afatwa nk’umwe mu bayobozi bubashywe banyuze muri FERWAFA dore ko ku gihe cye ari bwo amakipe yo mu Rwanda yagize ibihe byiza, Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ijya mu Gikombe cya Afurika cya 2004 nyuma yo gutwara Igikombe cya CECAFA mu 1999 mu gihe amakipe nka Rayon Sports na APR FC yegukanye CECAFA mu 1998 na 2004, iyi ya nyuma ikanagera muri ½ cy’irushanwa rya Africa Cup Winner’s Cup mu 2003.

    Ingoma ya Rtd. Lt. Gen. Caezar Kayizari, yaranzwe n’umuco wo kubatiza abanyamahanga cyane bagakinira Ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse no muri Shampiyona y’u Rwanda bagaragaragamo ari benshi. Ibi byatumye ahanini Shampiyona y’u Rwanda iba imwe mu mashampiyona avugwa ndetse anakomeye cyane bitewe n’uko ahanini habagamo amafaranga menshi ndetse icyo gihe ni bwo abakinnyi batandukanye barimo Karekezi Olivier na Jimmy Mulisa bagiye gukina hanze.

    Nyuma ye, hayoboye Gen Kazura Jean Bosco [wari ufite ipeti rya Brigadier General] hagati ya 2006 na 2011. Icyo gihe ni bwo u Rwanda rwakiriye igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 20 muri 2009 n’icy’Abatarengeje imyaka 17 muri 2011 aho rwakinnye umukino wa nyuma ndetse rubona itike y’Igikombe cy’Isi cyabereye muri Mexique mu 2011.

    Muri icyo gihe ni bwo hatangiye gahunda zo kuzamura umupira w’amaguru w’Abanyarwanda uhereye mu bana bato, ndetse haba ivugurura ry’amastade kandi hubakwa ibibuga bishya.

    Uwahoze ari umusifuzi mpuzamahanga, Ntagungira Célestin [Abega] ni we wasimbuye Gen Kazura mu 2011 mu gihe mu 2014, na we yasimbuwe na Nzamwita Vincent De Gaulle wigeze kuba Umunyamabanga wa APR FC, we wayoboye kugeza mu 2017.

    Bombi bahurira ku kuba baragerageje gushakira umupira w’u Rwanda abaterankunga mu byiciro bitandukanye no gutsura umubano n’amashyirahamwe y’ibindi bihugu, gusa umusaruro w’Ikipe y’Igihugu n’urwego bari bitezweho kugeza kuri ruhago y’u Rwanda nk’abari basanzwe bayizi, si rwo bagaragaje.

    Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène yabaye undi wahoze mu gisirikare wagarutse muri FERWAFA nyuma y’imyaka irindwi Gen Kazura agiye, ariko na we nta kidasanzwe yafashije mu guteza uyu mukino abenshi bemeza ko uri gukura nk’isabune ndetse n’urukundo bari bawufitiye rukabaganuka.

    Ubusanzwe abakunzi ba ruhago baba bategereje intsinzi batitaye ku nzira byacamo. Amarangamutima yabo azwi na buri wese ku buryo byageze n’aho muri Guma mu Rugo bananira Polisi, bagasohoka mu ngo zabo bakajya kwishimira intsinzi y’Amavubi mu mihanda bamwe bakenyeye za essuie-main.

    Ugiye kureba, wasanga abanyarwanda bamaze igihe kinini basa n’abari mu kiriyo, ibyishimo byuzuye babiheruka mu 2004 ubwo u Rwanda rwajyaga muri CAN. Igihe kirageze ngo bahozwe ayo marira, ari nacyo Nizeyimana na Komite ye yiganjemo abakiri bato ariko bafite ubunararibonye mu mupira w’amaguru itegerejweho.

    Bitewe n’uburyo ruhago ikundwa [ndetse umuntu ashobora kuvuga ko aricyo kintu gikundwa kurusha ibindi mu myidagaduro], umuntu uyobora Ferwafa aba asa n’uwigerezaho kuko aba ategerejweho byinshi.

    Birasaba ko Nizeyimana na Komite ye bakoresha ubunararibonye bafite ku buryo umupira w’amaguru uba isoko y’ubukire n’ibyishimo. Ubu ntibyumvikana ukuntu ruhago irushwa abaterankunga n’amarushanwa y’ubwiza afite abakunzi bake. Ni umukoro ukomeye we n’abo bafatanyije bafite.

    Nizeyimana Mugabo Olivier uheruka gutorerwa kuyobora FERWAFA yitezweho byinshi mu myaka ine yatorewe

    Nizeyimana Olivier mu ihererekanyabubasha ryabaye ku wa 29 Kamena 2019; Habyarimana Marcel wayobora iri Shyirahamwe by’agateganyo ni we uzaba umwungirije

    Abakunzi b’umupira w’amaguru bategereje impinduka zitandukanye nyuma y’uko Ferwafa ibonye ubuyobozi bushya bukuriwe n’umunyemari Nizeyimana Olivier usanzwe ukunda ruhago

    Nizeyimana Olivier yatorewe kuyobora FERWAFA mu matora yabaye ku wa 27 Kamena 2021

    Nizeyimana yari amaze imyaka isaga 10 ari Umuyobozi wa Mukura Victory Sports ikina mu Cyiciro cya Mbere

    Mu gihe Nizeyimana Olivier yamaze ayobora Mukura Victory Sports, yegukanye Igikombe cy’Amahoro mu 2018, cyaje nyuma y’imyaka 26 idatwara igikombe cy’igihugu

    Mu mwaka w’imikino 2018/19, Nizeyimana Olivier yari ayoboye Mukura Victory Sports yongeye guserukira u Rwanda mu mikino Nyafurika nyuma y’imyaka 17 idasohoka

    Rtd Brig Sekamana Jean Damascène yeguye ku buyobozi bwa FERWAFA muri Mata 2021, nyuma y’imyaka itatu n’igice atowe

    Ku buyobozi bwa Nzamwita Vincent De Gaulle, Ferwafa yabonye abaterankunga batandukanye barimo Azam TV n’ubufatanye n’amashyirahamwe arimo irya FRMF ya Maroc

    Ntagungira Célestin Abega ni umwe mu bayoboye FERWAFA bari bitezweho impinduka zikomeye mu mupira w’u Rwanda

    Ubwo Gen Kazura Jean Bosco yayobora FERWAFA, u Rwanda rwakiriye amarushanwa menshi Nyafurika

    Rtd Lt Gen Ceazar Kayizari afatwa nk’umuyobozi wafashije u Rwanda kugira ibihe byiza muri ruhago birimo no gukina Igikombe cya Afurika mu 2004

  • Abazahagararira u Rwanda mu mikino Olempike bahawe ibendera, berekeza mu wundi mwiherero mu Buyapani #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, abanyarwanda bazitabira imikino Olempike izabera i Tokyo mu Buyapani, baraye bahagurutse mu Rwanda aho berekeje mu mujyi wa Hachimantai nawo wo mu Buyapani, bakazahakorera umwiherero kuva tariki 07 kugera tariki 09/07/2021, mbere yo kwerekeza i Tokyo.

    Bafata ifoto ku kibuga cy
    Bafata ifoto ku kibuga cy’indege mbere yo kwerekeza mu Buyapani

    Mbere yo guhaguruka, aba bakinnyi baraye bahawe ibendera ry’igihugu ndetse n’ubutumwa na Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda, yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Uhoraho Shema Maboko Didier.

    Mu butumwa yageneye aba bagiye guhagararira u Rwanda, yabifurije intsinzi ariko anabibutsa ko batagiye kwitabira gusa, ahubwo bagombaga gukora ibishoboka byose bakitwara neza

    Yagize ati “Bana b’u Rwanda, tubifurije kuzaba amahoro ku rugamba mugiyeho, mugiye kwamamaza u Rwanda murushanwa n’andi mahanga. Muzarushanwe gitwari, tubifurije intsinzi muhesha ishema urwababyaye . Mugiye mu bihe bitoroshye, muzirinde ntimuzadohoke kwirinda #COVID19, muzagaruke amahoro”

    Mugisha Moise wavuze mu izina ry
    Mugisha Moise wavuze mu izina ry’uzaba ahagarariye abandi bakinnyi

    Visi Perezida wa mbere wa Komite Olempike y’u Rwanda Umulinga Alice yashimiye Minisiteri ya Siporo uruhare yagize mu gutegura abazahagarira u Rwanda muri iyi mikino, aho babonye umwanya uhagije wo gukora umwiherero.

    Abakinnyi batanu bazahagararira u Rwanda i Tokyo mu mu mikino Olempike:

    1. Hakizimana John: Athletics (marathon)
    2. Yankurije Marthe: Athletics (5,000 m)
    3. Mugisha Moise: Gusiganwa ku magare
    4. Agahozo Alphonsine: Koga (50m free style)
    5. Maniraguha Eloi: Koga (50m free style)

    Shema Maboko Didier aganira n
    Shema Maboko Didier aganira n’umutoza Sempoma Felix
    Shema Maboko Didier aha ibendera ry
    Shema Maboko Didier aha ibendera ry’u Rwanda Mugisha Moise uzaba uhagarariye abandi

  • Bamporiki ashimira umuhanzi Munyanshoza wagize uruhare rukomeye mu buzima bwiza afite #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru bo kuri Televiziyo yitwa Isibo, Bamporiki yagize ati “Ugiye kuvuga ngo umuntu yageze hano ate? Ni Munyanshoza. Wamuha iki se ko ugiye kumuha wamuha ibyawe byose, mu kuzirikana ubwo bupfura bwe!”

    Bamporiki yavuze ko bwa mbere ahura na Mibirizi bahuriye i Kamembe(Rusizi) mu marushanwa y’indirimbo zijyanye na Gacaca mu 1999, icyo gihe ngo Mibirizi aba uwa mbere Bamporiki aba uwa gatanu, kandi bari bahembye abantu batatu.

    Nyuma ngo Mibirizi yaramubwiye ati “Nkurikije amagambo yawe, wandika neza, ariko kuririmba si ibyawe kuko uririmba nabi, ufite ijwi ribi pe! Ariko uje i Kigali wajya wandika, nkaririmba, buriya twakorana”.

    Bamporiki avuga ko Mibirizi atamubeshyaga koko ngo nta jwi ryiza ryo kuririmba agira byari ugushakisha. Nyuma y’uko Bamporiki ageze i Kigali, ngo hari ubwo Mibirizi yagiye ahantu hitwa ku Mugote, azana amagambo n’amateka, araza abwira Bamporiki ati “Mfasha iyi ndirimbo tuyinoze”.

    Bamporiki ati “Buriya ‘Imfura zo ku Mugote’ rwose ni indirimbo ye ijana ku ijana, ariko mfite uruhare rwanjye runini, ariko ibyo mbyita guha agaciro umuntu utifitiye n’icyizere”.

    Ikindi Bamporiki avuga ko ahora azirikana kuri Mibirizi ni igihe byigeze kuba ngombwa ngo asezerera abandi bose babanaga mu rugo ariko asigarana na Bamporiki kuko we ngo yari atarabona icyerekezo cy’ubuzima.

    Yagize ati “Hari igihe Mibirizi yigeze kugira ikintu umuntu yakwita nka ‘crise’ y’imibereho (amikoro aragabanuka), kugira abantu benshi mu rugo, arababwira ati mwese mufite uko mwabaho, utari wabona icyerekezo cy’ubuzima ni Edouard kandi ni jye wamuzanye, ni jye watumye aza i Kigali,… mwebwe muragenda ariko agume ahangaha. Ubwo ni ubupfura kuvuga ati, uyu muntu ni jye watumye aza, ntabwo rero ndi bumutererane kandi adafite icyo ashingiraho. Erega ubwo iyo atemera ko mpaguma n’aha si mba mpari! Buriya ahantu turi uyu munsi, hari abateye inkunga urwo rugendo, ubwo rero yubahwe kuko yagize neza”.

    Munyanshoza na we yemeza ibi Bamporiki yavuze

    N’ubwo Bamporiki avuga iby’ubupfura, ubugiraneza bwa Munyanshoza, akumva atabona icyo amuha gihwanye n’ibyo yamukoreye, ariko Munyanshoza na we ku ruhande rwe ashima Bamporiki kuko ngo mu buzima babanyemo, babanye neza kandi bahuza.

    Ibyo Bamporiki avuga ko bahuriye mu marushanwa y’indirimbo za Gacaca, Munyanshoza arabyemeza akavuga ko nyuma yo kurushanwa, icyo gihe bagiye kwakirirwa muri Hoteli y’aho i Rusizi yitwa ‘Hotel des chutes’. Bamporiki ngo yaraje aramwegera baraganira cyane, ku buryo mu bari baje kurushanwa bose uwo yatashye bamenyanye cyane ari Bamporiki ndetse amusigira umwirondoro w’uko yamubona aramutse aje i Kigali.

    Nyuma y’ayo marushanwa ngo hanyuzemo igihe kirekire baraburanye kuko ngo bishoboka ko izo aderesi yari yarazitaye, ariko bongera guhuzwa n’amarushanwa y’indirimbo n’imivugo byo gushishikariza abantu gutanga imisoro byabereye kuri sitade y’i Nyamirambo, bahera ubwo babana mu nzu.
    Munyanshoza ati “Icyo gihe maze kumva amatangazo nagiye kubaza ibisabwa, ndaza ntegura indirimbo, na we ngo akaba yaraje ariko atarambona kuko yari yataye aderesi, aba Kimicanga. Icyo gihe rero abarushanwa mu ndirimbo babashyize ukwabo n’abarushanwa mu mivugo bajya ukwabo, birangiye baratubwira ngo dusohoke akanama nkemurampaka kiherere, dusohotse nibwo twumvise abagiye mu marushanwa y’imivugo bavuga ngo hari umuntu uvuye mu giturage, avuze umuvugo mwiza, ngo twese tushake indi myanya uwa mbere ni uwe”.

    Nyuma ibyo kurushanwa birangiye batangaza ko uwa mbera mu ndirimbo ari Munyanshoza ahembwa 150.000 Frw, naho uwa mbere mu mivugo aba Bamporiki ahembwa 50.000Frw. Ngo bombi ntibibukanaga ku isura ariko ubwo basomaga amazina y’abatsinze, Bamporiki yahise yumva izina rya Munyanshoza aramwegera buri wese ashimira undi kuko babaye aba mbere bombi, baranibwirana, bongera kwibukiranya uko bamenyaniye i Rusizi bakaba bari baraburanye, bava aho bajya kubana mu rugo. Munyanshoza avuga ko yashimishijwe n’ukuntu Bamporiki akimara icyumweru kimwe gusa aho iwe, wasangaga hahora abana bato bavuga ko bashaka Bamporiki kubera ibyo yabigishaga by’amakinamico bamukunda, ndetse n’ababyeyi bari baturanye aho bamukunda.

    Munyanshoza kandi ashimira Bamporiki ko n’ubwo binyuze mu nzira zitandukanye yaje kuzamuka ariko agakomeza kuzirikana abamufashije.

    Yagize ati “Iyi foto ureba, ejobundi arahirira kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ni ifoto yifotoranyije na Nyakubahwa Perezida wacu, noneho yari yadutumiye…, ashimira abantu mu byiciro byose babanye, ariko ikintu cyanshimishije ni uko yampaye ‘cadeau’ (impano) y’umwihariko, yabanje gushimira abantu bose, arangije aravuga ati noneho icyiciro cya kabiri hari umuntu nshimira by’umwihariko, ni uko ampa iyi mpano”.

  • Gakenke: Ikibazo cy’abagaragaye bagirana amakimbirane n’uwari utwaye moto kiri gukurikiranwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwo mumotari wari utwaye ibiribwa(urusenda mu mifuka), yafatiwe mu Murenge wa Muhondo, ubwo yarimo agerageza kurenga imbibi z’Akarere ka Gakenke, yinjira mu Karere ka Rulindo kandi muri iki gihe cyo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 bitemewe.

    Nzamwita Déogratias yagize ati: “Uwo mumotari yashakaga kwerekeza muri Rulindo avuye muri Gakenke. Mu kumuhagarika, ubwo yari ageze mu Murenge wa Muhondo, umenya yahutaje abamuhagaritse, na bo mu gushaka kwirwanaho, basa n’ababikora mu buryo bigaragara ko budahwitse”.

    Ati: “Nanjye nabibonye gutyo mu mashusho, ariko urumva nyine, ibyo bibazo byatewe n’uko uwo mumotari yashakaga kwambukiranya uturere twombi kandi twese tuzi neza ko muri iki gihe cya Guma mu Karere bitemewe. N’ubwo abamuhagaritse babikoze nabi, ariko ubwabyo n’uwo mumotari yari yakoze amakosa. Abantu ntibakwiye kurenga ku mabwiriza ngo bakinishe iki cyorezo uko biboneye.”

    Mu bagaragaye muri aya mashusho, bari mu kazi ko gukumira abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, barimo n’urubyiruko rw’abakorerabushake, abakorera ku rwego rw’Umudugudu na Gitifu w’Umurenge wa Muhondo ugaragara mu mashusho akandagiye kuri moto y’uwo mumotari.

    Mayor Nzamwita, avuga ko n’ubwo bigaragara ko bari mu kazi ko gukumira abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, uburyo babikozemo ngo nibwo butagenze neza.

    Ati: “Ni yo mpamvu twabihariye RIB ngo ibikurikirane, irebe neza uruhare rwa buri wese, ugaragaraho amakosa abihanirwe”.

    Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko uwo mumotari yafashwe nta ruhushya yasabye. Mu gukubita umuhuzabikorwa w’Umurenge ngo akaba aribwo urubyiruko rw’abakorerabushake rwatabaye. Naho ikijyanye no gukubita uwo mumotari, Polisi yavuze ko kiri gukurikiranwa.

    Muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje kugaragara hirya no hino, Ubuyobozi bukomeje gusaba abaturage kutagikerensa, kuko ubukana bwacyo budasiba kwigaragaza.

  • #COVID19: Mu Rwanda abakize ni 231, abapfuye ni 9 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni abagore bane b’imyaka 82 (i Kigali), 76 (i Rubavu), 62 (i Karongi), 57 (mu Ruhango) n’abagabo batanu b’imyaka 79, 72, 52, 51 (Kigali) na 64 (i Rubavu), bakaba bahise buzuza umubare w’abantu 479 bamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda.

    Abarimo kuvurwa bose hamwe ni 15,080.

    Abantu 251,719 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19 (AstraZeneca) barimo 244 bayihawe ku wa Mbere.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

  • Huye: Insengero zo mu duce tumwe tw’umujyi zafunzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Insengero zafunzwe ni izo mu Murenge wa Tumba, izo mu Kagari ka Matyazo ho mu Murenge wa Ngoma, izo mu Kagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Mbazi ndetse n’izo mu Kagari ka Rango A mu Murenge wa Mukura.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko impamvu ari ukubera ko muri utwo duce hagiye hagaragara ubwandu bwinshi bwa Covid-19.

    Agira ati “Hari hafashwe ingamba zo gukumira ubwo bwandu kubera yuko ari mu bigo nderabuzima no ku bitaro hagenda hagaragara abaturage bagera kwa muganga, bakwipimisha bose ugasanga bafite ubwo uburwayi”.

    Akomeza agira ati “Rero mu rwego rwo kwirinda ko abantu bahura batazi n’uko bahagaze, hari hafashwe icyemezo cy’uko ahahurira abantu ari benshi biba biretse, by’umwihariko mu nsengero, mu gihe bari mu gikorwa cyo gusura ingo zose kugira ngo turebe uko abantu bahagaze, hanyuma abafite ibimenyetso bajye kwipimisha”.

    Iki cyemezo kandi ngo cyafashwe ku bwumvikane n’abayobozi b’amatorero.

    Hagati aho insengero zikorera mu bindi bice by’umujyi na zo zagabanyije umubare w’amateraniro, kuko nko mu Bagatolika misa (cyangwa amateraniro) za nimugoroba zabaye zihagaritswe.

    Mu zindi ngamba zafashwe zireba turiya duce twafunzwemo insengero harimo kuba abakozi b’inzego za Leta bahatuye basabwa gukorera mu rugo, uretse abatanga serivise z’ingenzi, serivise z’abikorera zigakomeza gukora ariko bagakora basimburana ndetse bakanakoresha abakozi kuri 30%.

    Umubare w’abarema amasoko muri utwo duce wategetswe kugabanywa, hagakora abacuruza ibyo kurya gusa, resitora zisabwa gutanga gusa serivisi ku batahana ibyo bakeneye (Take away).

    Naho ku birebana n’ingamba zo kwirinda Coronavirus muri rusange, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buributsa ko abarwayi ba Coronavirus bategetswe kuguma mu ngo hamwe n’abo bazibanamo, kandi ko uzabirengaho azahanwa hakurikijwe amategeko.

  • Amajyaruguru: Dore bimwe mu byo uturere twagezeho bigaragaza Kwibohora 27 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibiro by
    Ibiro by’Akarere ka Gakenke

    Ni muri gahunda ya buri mwaka ijyanye no kwizihiza isabukuru ya 27 u Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora, aho Kigali Today yanyarukira hirya no hino mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru, ibagezaho ishusho ya bimwe mu bikorwa byazamuye imibereho y’abaturage.

    Muri iyo Ntara no mu gihugu muri rusange, igikorwaremezo gihanzwe amaso cyane, ni Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi wubatswe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze (IDP Model Village), urimo gutuzwamo imiryango 144.

    Uwo mudugudu wabereyemo ibirori bwo kwibohora ku Cyumweru tariki 04 Nyakanga 2021, ukomeje gutangarirwa na benshi mu bawusura, icyaro cyahindutse umujyi ukomeye, ahimurirwa imiryango 144 y’abaturage bari batuye mu cyo twakwita akajagari cyangwa imiturire iciriritse, n’ubwo muri ako gace hafatwa nk’igicumbi cy’ubukerarugendo aho usanga ibirunga n’inyamaswa z’amoko menshi zikurura ba mukerarugendo zirimo ingagi zahogoje amahanga.

    Umudugudu w
    Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze

    Ni agace k’amakoro aho umuturage ubwe atabashaga kubona ubushobozi bwo kwiyubakira inzu ikomeye kubera kubura itaka, gucukura umusarani wa metero na byo ntibyashobokaga, ibyo bikaba byaba nyirabayazana w’imiturire mibi ishobora no guteza ibibazo.

    Ni mu gace kandi kagizwe n’ubutaka bwera, dore ko uwo wabaza ubwoko bwiza bw’ibirayi mu Rwanda nta washidikanya kuvuga “ibirayi bya Kinigi”, ni yo mpamvu Leta yafashe ingamba zo gutuza neza abo baturage mu kurengera ubwo butaka no kubarinda gutura nabi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, ni umwe mu bakozwe ku mutima n’ibyo bikorwa, aho yemeza ko ari kado abaturage bo mu Kinigi bahawe, ndetse yemeza ko uwo mudugudu ari inyongeragaciro mu bukerarugendo.

    Ati “Abaturage bari batuye nabi mu kajagari, ariko ubu bubakiwe mu buryo bunoze, kandi murabizi ni mu gace kihariye k’ubukerarugendo kakagira n’ubutaka butunze benshi kubera ubwiza bwabwo. Uyu mudugudu uburyo uteye amabengeza, ni inyongeragaciro ku bukerarugendo kuko kuwusura nta gihombo kirimo”.

    Umudugudu wa Kinigi
    Umudugudu wa Kinigi

    Arongera ati “Iyi ni impano ikomeye bahawe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni icyitegererezo cy’ukuntu mu Rwanda ruyobowe na Perezida Paul Kagame utekerereza Abanyarwanda, ubashakira ibyiza, iterambere rirambye, iki ni ikimenyetso simusiga cyerekana gahunda ye yo kwita ku baturage mu mibereho ya buri munsi, bivuze ko umuturage ari ku isonga, abaturage byabashimishije kuko aho bavuye, imiturire barimo ntabwo yari inoze”.

    Ni umudugudu wuzuye utwaye Miliyari zisaga 25 z’Amafaranga y’u Rwanda, aho ugizwe n’inzu 144 zigenewe guturwamo, umuhanda wa kaburimbo w’ibirometero bisaga 16 n’indi iwushamikiyeho, ikigo nderabuzima gifite ubushobozi buhagije bwo kwakira abaturage, amashuri, agakiriro kagezweho, ibiraro by’amatungo magufi n’amaremare, ahazororerwa inkoko ibihumbi umunani n’ibindi.

    Umujyi wa Musanze
    Umujyi wa Musanze

    Ni igikorwa cyashimishije abaturage bamaze gutuzwa muri uwo mudugudu, aho bemeza ko bahinduriwe ubuzima, bemeza ko ubuzima binjiyemo butandukanye n’ubwo babagamo dore ko imihanda y’uwo mudugudu ikikijwe n’amatara manini acanira umudugudu wose, bakaba barahawe na gaz, nk’uburyo bwo guteka hatangijwe ibidukikije.

    Ibindi bikorwa bijyanye no kwibuhora biboneka i Musanze, hari umujyi uri kuvugururwa, aharangwaga n’utujagari mu gace k’ubucuruzi hakaba hamaze kubakwa imiturirwa, ndetse hubakwa n’imihanda mishya ya kaburimbo, aho kuvugurura uwo mujyi bigeze ku kigero kiri hejuru ya 70%.

    Mu Karere ka Gakenke na ho muri gahunda yo kwibohora, ntibasigaye inyuma kuko bavuye mu nyubako ishaje biyubakira inshya yatwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari n’igice, ubu bakaba batekanye aho umuturage ahabwa serivisi yisanzuye.

    Ibiraro binyuranye mu Karere ka Gakenke
    Ibiraro binyuranye mu Karere ka Gakenke

    Ni akarere kandi kitaye ku kwegereza abaturage amazi meza ahubwatswe imiyoboro inyuranye, hubakwa n’imihanda irimo iyo Perezida wa Repubulika yagiye yemerera abaturage, hubakwa n’ibiraro byangijwe n’ibiza bimaze gutwara agera kuri miliyoni 400 hatarimo ibyo basannye ndetse n’ibitaro bishya bya Gatonde Perezida yemereye abaturage byatangiye gutanga serivise.

    Ako karere kandi kongereye ibyumba by’amashuri ku buryo bufatika, ahubatswe ibisaga 500 n’ubwiherero bwabyo, 16 muri byo byubakwa mu buryo bugeretse, ako akarere kazamura n’urwego rw’ubuhinzi bwa kawa, iyo mu karere ka Gakenke ikab iri mu zikunze ku ruhando mpuzamahanga.

    Mu Karere ka Burera na ho ibyumba by’amashuri byarongerewe ahubwatswe 610 n’ubwiherero 850, hubwakwa n’amavuriro mato anyuranye mu mirenge yegereye umupaka aho abaturage batakibura aho baka serivise bajyaga kwaka mu gihugu cya Uganda.

    Mu Karere ka Burera haherutse kumurikirwa amoko 19 y
    Mu Karere ka Burera haherutse kumurikirwa amoko 19 y’imbuto y’ibishyimbo

    Uretse n’ibyo byumba, hubatswe amahahiro abaturage begerezwa ibyo bakenera byabateraga kwambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ubu umushinga akarere kimirije imbere ni ukwiyubakira inyubako nshya y’akarere, bakava mu nyubako itabahesha icyubahiro.

    Muri ako karere kandi hatejwe imbere n’ubuhinzi bw’ibishyimbo bya kijyambere, ahaherutse kumurikirwa ubwoko 19 bushya bw’ibishyimbo, hatezwa imbere n’ubuhinzi bwo mu bishanga.

    Gicumbi nayo ntiyasigaye inyuma muri gahunda yo kwibohora, nyuma yo kwiyubakira inyubako y’akarere bagiye bubaka ibikorwaremezo binyuranye, birimo kubakira abaturage amavuriro mato mu kubarinda kwambuka umupaka.

    Ba Mutimawurugo muri Gicumbi baremeza ko bihaza mu biribwa
    Ba Mutimawurugo muri Gicumbi baremeza ko bihaza mu biribwa

    Ibyumba 776 by’amashuri na byo byarubatswe birimo 8 byubatswe mu buryo bugeretse, hubakwa n’ubwiherero 1400, muri ako karere kandi ubuhinzi bw’ikawa bwariyongereye ku bufatanye bw’umushinga Green Gicumbi, ufasha akarere muri gahunda yo gutera ibiti mu kurinda ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, by’umwihariko hibandwa no k’ubuhinzi bwa kawa bwiyongereyeho hegitari 40.

    Mu guharanira kugira umuryango utekanye, hashyizweho na gahunda yo kugenzura imihigo ya ba Mutima w’Urugo guhera mu midugudu, kugeza ku rwego rw’akarere, hakaba hakomeje n’umushinga wo kubaka uruganda rw’icyitegererezo rutunganya amata.

    Mu Karere ka Rulindo, na ho mu bikorwa byo kwibohora bibanze ku kongera ibyumba by’amashuri ahubatswe ibyumba 400, ndetse hubakwa n’ibindi bikorwaremezo byiganjemo iby’amashanyarazi cyane cyane hakoreshejwe imirasire.

    Ibitaro bya Gatonde
    Ibitaro bya Gatonde

    Rulindo kandi ni n’akarere kita ku bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, ahakorerwa imishinga inyuranye y’ubuhinzi bwa kijyambere, hakaba haratejwe imbere n’uburyo bwo gushakira abaturage amasoko anyuranye hanze y’igihugu, mu buhinzi burimo urusenda, icyayi, inkeri n’izindi mbuto zinyuranye zikomeje kuzamura iterambere ry’umuturage.

    Ni akarere gafitanye ubufatanye n’imishinga inyuranye y’ubuhinzi n’ubworozi, irimo ishinzwe gushakira urubyiruko akazi nka R-Yes (Rural Youth Employment Support), waje gufasha urubyiruko mu kongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi.

    Muri iyo mishanga kandi, harimo Spark Microgrant, k’ufatanya n’akarere mu koroza abaturage ingurube mu rwego rwo kuzamura imibereho yabo, ndetse n’umushinga Griffith Foods, ufasha akarere koroza inka abaturage.

    Rulindo yateje imbere ubuhinzi bw
    Rulindo yateje imbere ubuhinzi bw’imbuto

    Mu kugeza imibereho myiza ku baturage kandi, akarere ka Rulindo ku bufatanye n’umushinga Enabelin Rwanda, batanze amagare ku bafashamyumvire bahuguriwe guhugura abandi mu guteza imbere ubworozi bw’inkoko n’ingurube.

    Nubwo uturere twagiye dukora ibikorwa binyuranye, imishinga imwe yagiye ikomwa mu nkokora n’icyorezo cya COVID-19 cyugarije isi, aho imbaraga nyinshi zagakoze ibindi bikorwa zakoreshejwe mu bukangurambaga bwo kwirinda icyo cyorezo.