Tag: featured

  • Rubavu: Ba gitifu barindwi b’utugari beguye – #rwanda #RwOT

    Iki cyemezo cyafatiwe mu nama y’umutekano yari yatumiwemo Komite Nyobozi y’Akarere n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize Akarere ka Rubavu, ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari birukanwe.

    Umuyobozi w’Akarere Wungirije, ushinzwe imibereho myiza, Ishimwe Pacifique, yavuze ko aba bakozi beguye ku mpamvu zabo bwite.

    Ati “Handitse abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari turindwi bifuza kwegura kuko bananiwe gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Bakaba bari bamaze igihe bagaragaza intege nke mu nshingano zabo ndetse bagiriwe inama kenshi.”

    Amakuru avuga ko uretse abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge batarimo kwitwara neza mu bijyanye no guhangana na Covid-19 nabo bashobora kuzasezererwa mu minsi iri imbere.

    Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari turindwi mu Karere ka Rubavu beguye kubera kudafasha utugari twabo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19

  • RPF yifatanyije na CPC yujuje imyaka 100 mu nama yahuje amashyaka yo mu bihugu 170 – #rwanda #RwOT

    Ibi Umuryango FPR inkotanyi wabitangaje binyuze mu nama y’imitwe ya politiki yo hirya no hino ku Isi yateranye ku butumire bwa The Communist Party of China (CPC).

    Iyi nama yahurije hamwe imitwe ya politiki irenga 500 yo mu bihugu birenga 170, aho yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Abaturage babayeho neza: Inshingano z’imitwe ya politiki.”

    Umunyamabanga Mukuru wa CPC akaba na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yavuze ko mu rugendo rw’iterambere nta muntu cyangwa igihugu gikwiye kubuza amahirwe.

    Ati “Mu nzira iganisha ku mibereho myiza ya bose, nta gihugu kigomba gusigara inyuma, ibihugu byose bikwiye amahirwe n’uburenganzira bwo gutera imbere.”

    Yakomeje avuga ko u Bushinwa buzakomeza kwibona mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

    Yagize ati “U Bushinwa ntibuzigera bushaka kuba mpatsibihugu, kwaguka cyangwa kugena icyo ibindi bihugu bikora, kandi buzahora ari umunyamuryango w’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere.”

    Perezida Xi yasabye imitwe ya politiki kwimakaza ugushyira hamwe kw’abatuye Isi hagamijwe guhuza umugambi ku bijyanye n’ahazaza.

    Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe, witabiriye iyi nama yavuze ko uyu muryango wifatanyije na CPC mu kwizihiza imyaka 100 imaze ishinzwe.

    Yavuze ko imitwe ya politiki ikwiye kuba izingiro ry’ubufatanye bw’abatuye Isi.

    Ati “Mu Isi yacu yabaye umudugudu, ubusabane mpuzamahanga hagati y’abaturage bacu buri kwiyongera bitewe n’impamvu zitandukanye, ku bw’ibyo biraduhamagarira kurushaho guteza imbere ibijyanye n’ubufatanye mpuzamahanga hagamijwe iterambere rirambye mu bihugu byacu. Imitwe ya politiki yacu igomba kugira uruhare rutaziguye kugira ngo ubu bufatanye bubeho.”

    Yakomeje avuga ko FPR yumva neza inyungu ziri mu kwimakaza ubuyobozi bushyira imbere abaturage.

    Ati “FPR iha agaciro akamaro gakomeye kari mu ntekerezo yo gushyira imbere abaturage nk’ihame ry’ingenzi riri mu miyoborere igamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.”

    Ngarambe yavuze ko mu myaka irenga 20 ishize ubuyobozi bw’u Bushinwa bwagaragaje impinduka zatumye iki gihugu uyu munsi kiri mu bihangange.

    Ati “Mu myaka irenga 20 ishize imiyoborere y’u Bushinwa izana impinduka yabaye imwe mu nkuru zikomeye ndetse ituma iki gihugu kijya mu mwanya ukwiye mu ruhando mpuzamahanga. Uyu munsi u Bushinwa bufatwa na benshi nk’urugero rwiza mu bijyanye n’imiyoborere izana impinduka. Ndabibashimira.”

    CPC yizihije imyaka ijana u Bushinwa buri ku mwanya wa kabiri mu bukungu ku Isi ndetse ibipimo bitandukanye by’ubukungu bigaragaza ko mu 2030, aricyo gihugu kizaba kiri ku mwanya wa mbere mu bukungu.

    U Bushinwa ku ngoma ya CPC, bwakoze agashya kataraba ahandi ku Isi, ko kuvana abaturage miliyoni 700 mu bukene mu myaka 30 ishize.

    Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe , yavuze ko uyu muryango wumva neza akamaro ko gushyira imbere abaturage mu bibakorerwa

    Umunyamabanga Mukuru wa CPC akaba na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yavuze ko mu rugendo rw’iterambere nta muntu cyangwa igihugu gikwiye kubuza amahirwe

    Iyi nama yitabiriwe n’abakomiseri batandukanye b’Umuryango FPR Inkotanyi

    Umujyanama Mukuru w’Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Musoni Protais, yitabiriye iyi nama yahuje amashyaka arenga 500

    Komiseri Uwacu Julienne ni umwe mu bari bahagarariye FPR muri iyi nama

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • Nyanza: Miliyoni zisaga 63 Frw zimaze gucibwa abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, avuga ko kugeza ubu abantu barenga 8500 ari bo bamaze gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ati “Abo dufite mu mibare baragera ku 8500 bakaba bamaze gucibwa miliyoni zigera kuri 63 z’amafaranga y’u Rwanda.”

    Amakosa bakunze gufatirwa ni ugufungura utubari kandi tutemewe, guhindura resitora utubari, kujya gusengera ahatemewe, gukora ibirori, kutambara neza agapfukamunwa, gukora no gutaha ubukwe igihe butemewe, gutinda gutaha ku masaha yaganwe n’ayandi.

    Mu Karere ka Nyanza ni hamwe mu hagiye hagaragara ubwandu bwinshi bwa Covid-19 bigatuma rimwe na rimwe hashyirwa muri Guma mu karere.

    Imibare igaragaza ko kuva icyorezo cya Covid-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 mu Karere ka Nyanza abacyanduye barenga 1150 ariko abenshi bamaze kugikira. Abarenga 190 ni bo kugeza ubu bagifite ubwandu muri ako karere, biganjemo abarwariye iwabo mu ngo.

    Ntazinda yongeye gusaba abaturage gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda kuko ari yo ntwaro yonyine ihari muri iki gihe yo kugitsinda.

    Ati “Muzi ko mu minsi ishize Akarere ka Nyanza n’utundi turere dukeya twigeze kugira umwihariko wo kuguma mu karere tuza kubyitwaramo neza ndetse icyorezo turakirwanya cyane gisa n’igishize mu Karere, ariko uyu munsi biragarara ko cyongeye kuzamuka, bivuga rero ko hari ingamba zikomeye tugomba kongera gufata.”

    Yakomeje avuga ko kuba hari abantu benshi bagaragayeho ubwandu mu gihe kitagera ku kwezi byatewe n’uko habayeho kudohoka ku kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda.

    Ati “Uko bigaragara iki cyorezo iyo udohotse gatoya kirakuzamukana.”

    Abatuye Akarere ka Nyanza bibukijwe ko bakwiye kwambara neza agapfukamunwa, kwirinda kwegerana, kugira isuku bakaraba intoki kenshi gashoboka ndetse no kubahiriza andi mabwiriza ashyirwaho n’inzego z’ubuzima.

    Miliyoni zisaga 63 Frw zimaze gucibwa abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu Karere ka Nyanza kuva icyorezo kigeze mu Rwanda muri Werurwe 2020

    [email protected]


  • Ngororero: Babiri bafatanywe toni y’amabuye y’agaciro – #rwanda #RwOT

    Abafashwe barimo umugabo w’imyaka 44 n’umukozi we ufite imyaka 32, batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 5 Nyakanga 2021.

    Aba bombi bafatanywe toni y’amabuye y’agaciro azwi ku izina rya Bilure, bakaba bafatiwe mu Mudugudu wa Nganzo, Akagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Polisi yasanze mu rugo hari ububiko bw’amabuye y’agaciro, abafashwe basangwa bari kuyapakira mu mifuka bategereje imodoka ngo bajye kuyacururiza mu Karere ka Muhanga.

    Ati “Bafashwe saa Tanu z’ijoro barimo gupakira ariya mabuye kugira ngo imodoka ize bayajyane mu Karere ka Muhanga ahari umucuruzi basanzwe bayacuruzaho. Abapolisi basanze nta byangombwa bafite bibemera kugura no gucuruza ariya mabuye ndetse banabikora bitwikiriye ijoro.”

    Ubwo bamaraga gufatwa nyir’ayo mabuye yavuze ko yavuye ahacukurwa amabuye y’agaciro mu birombe biba mu Karere ka Ngororero.

    Yavuze ko ikilo kimwe akirangura ku mafaranga y’u Rwanda 200 akakigurisha kuri 250, ayo mabuye ngo akorwamo ibintu bitandukanye nk’ibirahure by’inzu, amakaro, ngo hari n’ibyo bayakoresha muri moteri y’ibinyabiziga. Yemeye ko yari amaze igihe kinini acuruza ayo mabuye mu buryo butemewe n’amategeko.

    CIP Karekezi yashimiye abaturage batanze amakuru, akangurira abantu kujya bakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko kugira ngo birinde ibihano bashobora guhura nabyo.

    Ati “Uriya muntu yakoraga ubucuruzi butemewe n’amategeko kuko nta byangombwa afite kandi yabikoraga nijoro yihishe. Arivugira ko yaguraga ariya mabuye ku bakozi bo mu masosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ubwo urumva ko nabo bayiba aho bakorera. Barabangamira abashoramari bafite ibirombe, ikindi kandi banyereza imisoro kuko ntibasora.”

    Abafashwe Polisi yabashyikirije Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Ngororero kugira ngo hatangire iperereza hamenyekane aho bajyaga kuyacuruza.

    Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri ariko kitarenze amezi atandatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko atarenze miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Abantu babiri bafatanywe toni y’amabuye y’agaciro

  • Perezida Kagame yakiriye Intumwa yihariye ya João Lourenço wa Angola – #rwanda #RwOT

    António Tete ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola kuva mu mwaka ushize wa 2020. Mu biganiro yagiranye na Perezida Kagame yamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we João Lourenço nk’uko byatangajwe kuri Twitter ya Perezidansi y’u Rwanda.

    Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye imikoranire ya hafi dore ko Perezida wa Angola, João Lourenço ari we wari umuhuza mu biganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

    Mu Ukwakira 2020, u Rwanda na Angola byatangiye ibiganiro bigamije guhererekanya amakuru ku mahirwe y’ishoramari mu bihugu byombi.

    Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) hamwe n’Urwego rushinzwe guteza imbere Ishoramari ry’Abikorera n’Ibyoherezwa mu Mahanga muri Angola (AIPEX), icyo gihe byagiranye ibiganiro hagaragazwa amahirwe y’ishoramari mu nzego zitandukanye zirimo inganda, ikoranabuhanga, ubuzima, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubukerarugendo, ubuhinzi no gutwara abantu n’ibintu.

    Byanarangiye zisinyanye amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga.

    Umuyobozi wa AIPEX, Antonio Henriques Silva, yashimiye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda na RDB byakoranye n’uru rwego mu gufasha Abanyangola n’Abanyarwanda gusangira amahirwe mu by’ubucuruzi buri gihugu gitanga.

    Mu 2019 kandi u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Angola yerekeye itumanaho mu by’isanzure mu ruzinduko Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, hamwe n’itsinda ry’abo mu nzego za leta n’abikorera bagiriyeyo.

    Icyo gihe itsinda ry’u Rwanda ryasuye Ikigo ‘Funda Satellite Control and Mission Center (MCC)’ cyo muri Angola nka kimwe mu bikorwa byari biteganyijwe ubwo habaga Inama Mpuzamahanga ku Ikoranabuhanga mu by’Itumanaho yabereye muri Angola (ANGOTIC 2019).

    Aya maseserano yari agamije kongera imbaraga mu bufatanye mu by’ubushakashatsi mu by’isanzure.

    Perezida Paul Kagame aheruka gukorera uruzinduko muri Angola, ubwo yari yitabiriye inama ya kabiri y’Umuryango w’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) yiga ku mutekano na politiki byo muri Repubulika ya Centrafrique yabaye muri Mata uyu mwaka.

    Mbere y’iyo nama, Perezida Kagame yabanje kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Angola, Perezida João Lourenço.

    João Lourenço wa Angola na we yaherukaga mu Rwanda mu nama ya Kane yo gushakira umuti bibazo bimaze iminsi hagati y’u Rwanda na Uganda nk’abahuza mu biganiro byo gushakira umuti ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda yabereye i Gatuna, yabaye tariki ya 21 Gashyantare 2020. Icyo gihe yahahuriye na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nk’abahuza muri ibi biganiro byanitabiriwe na Perezida Museveni.

    Perezida Kagame ubwo yakiraga Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete

    Perezida Kagame na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete ubwo bari mu biganiro

  • Ingengo y’imari y’Umujyi wa Kigali yiyongereyeho 15% – #rwanda #RwOT

    Amafaranga yose Umujyi wa Kigali uzakoresha ni 115.449.926.164 Frw.

    Imishinga izibandwaho harimo iyo kubaka imihanda mishya no kunoza ishyirwa mu bikorwa ry’iyubatswe no kuvugurura isanzweho na za ruhurura.

    Mu 2021/22 Umujyi wa Kigali uteganya kubaka nibura igice cya mbere cy’imihanda ifite uburebure bwa 17 km no gukora igice cya kabiri cy’imihanda yari iri kubakwa ariko itaranozwa ifite uburebure bwa 42,971 km.

    Umujyi wa Kigali uteganya kuzakoresha 5.746.849.770 Frw mu kwimura abatuye mu manegeka mu Gatenga, kubaka neza ruhurura ya Mpazi no kwimura abayituriye.

    Abatuye mu manegeka i Nyabisindu na Nyagatovu nabo bazimurwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.

    Biteganyijwe ko hazakorwa inyingo igamije gufata amazi yangiza imihanda mu Rugunga, Rwandex, Gisozi, Karuruma, Kinyinya na Nyabisindu. Izo nyigo zateganyirijwe miliyoni 400 Frw.

    Umuyobozi w’Agateganyo w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Dr Kayihura Muganga Didas, yavuze ko gukoresha iyi ngengo y’imari neza ari byo bizatuma habaho impinduka mu iterambere ry’Umujyi n’ubuzima bw’abaturage bigaragarira buri wese.

    Amafaranga Umujyi wa Kigali uteganya gukoresha wagaragaje ko azava mu bafatanyabikorwa barimo ibigo bya Leta, ahazava miliyari 7,2 Frw avuye kuri miliyari zisaga 21, 3 Frw zatanzwe umwaka ushize .

    Uturere tuwugize tuzatanga asaga miliyari 45,3 Frw naho Umujyi wa Kigali ubwawo wishakire miliyari 60,5 Frw.

    Umujyi wa Kigali uzakoresha miliyari 115 Frw mu bikorwa bigamije iterambere /Ifoto: Niyonzima Moise

  • Karasira Aimable agiye gutangira kuburanishwa – #rwanda #RwOT

    Karasira yatawe muri yombi ku itariki ya 31 Gicurasi ashinjwa ibyaha bine birimo ibya Jenoside, gukurura amacakubiri no kudasobanura inkomoko y’umutungo, nk’uko bikubiye muri dosiye yagejejwe mu Bushinjacyaha kuwa 7 Kamena.

    Byari biteganyijwe ko ku wa 22 Kamena ari bwo Karasira yagombaga kugera imbere y’urukiko, akaburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo gusa icyo gihe yaje kurwara Covid-19 bituma urubanza rwe rwimurwa, akazaburana nyuma y’iminsi 38 afunzwe.

    Nyuma y’uko Leta ishyizeho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, zarimo ko abakozi ba Leta n’abigenga bakorera mu rugo, inkiko nazo zahagaritse ibikorwa byazo mu gihe cy’iminsi 14 mu turere twahagaritswemo ibikorwa bya Leta, bijyanye n’amabwiriza yatanzwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Nteziryayo.

    Icyakora imanza z’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo zemerewe gukomeza ariko zigakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ari bwo buryo buzakoreshwa ku rubanza rya Karasira Aimable.

    Byitezwe ko Karasira azaba ari muri kasho afungiyemo, ubushinjacyaha buri ku biro byarwo ndetse n’abacamanza bari ku Rukiko mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison, yabwiye IGIHE ko inkiko ziri mu turere tutarebwa n’iki cyemezo, zizakomeza kuburanisha hitabira 15% by’ubushobozi bw’icyumba cy’iburanisha.

    Mu bindi byemezo, nk’uko Mutabazi yakomeje abivuga harimo ko nyuma y’urubanza, ababuranyi batazajya basinya imyanzuro y’ubucamanza nk’uko byari bisanzwe bigenda, byose bigamije kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Aimable Karasira agiye gutangira kuburanishwa

  • Nizeyimana Olivier, umunyemari wihebeye ruhago; yaba ari we mucunguzi wa Ferwafa? – #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi ibiri, uru rwego ruri mu zibumbatiye ibyishimo bya benshi dore ko rureberera umwe mu mikino benshi bihebeye, rubonye umuyobozi mushya, ukiri muto, ukunda ruhago byasaze.

    Azwi nka Cafu! Ku bakunzi ba ruhago, muzi Marcos Evangelista de Morais, umunya-Bresil wabaye umwe muri ba myugariro ba “Samba Boys” wegukanye ibikombe bibiri by’Isi mu 1994 na 2002. Uwarebye AC Milan mu myaka ya 2006 ubwo yari yarigaruriye u Burayi aramuzi. Ni we Nizeyimana Olivier yiyitirira kugeza n’aho “twitter handle” ye yitwa “CafuOli”.

    Ni umugabo wubatse kuva mu 1999 ndetse afite abana batatu. Bigaragara ko umupira w’amaguru umuri mu maraso nubwo nta kipe izwi yakiniye uretse kuwukina bisanzwe. Ajya agira atya akurira rutema ikirere dore ko kuri we itike atari ikibazo, akajya i Camp Nou agakurikira imikino ya FC Barcelone abereye umunyamuryango.

    Umukino wa ¼ cya UEFA Champions League, FC Barcelone yanyagiyemo Manchester City ibitego 4-0 mu Ukwakira 2016, ni umwe mu yo yarebeye i Camp Nou, aho ajya agira intebe ye yicaraho.

    Urwo rukundo rwa ruhago rwamukuye i Kanombe rukamugeza i Catalonia, ni rwo rwatumye ajya mu Majyepfo maze akiyemeza guteza imbere ikipe y’i Huye, akayibera Perezida kuva mu 2011 kugeza mu 2021, aho yayishoragamo ari hagati ya miliyoni 80 Frw na miliyoni 100 Frw ku mwaka.

    Mu myaka ine ishize, uwari Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Vincent De Gaulle, yifuje ko yamwungiriza muri manda ya kabiri yari yiyamamajemo mu 2017, ariko uyu wayoboraga Mukura VS, avuga ko afite inshingano nyinshi. Ubanza ari igihe cyari kitaragera!

    Nizeyimana Olivier w’imyaka 48, yabanje kuba umushoferi w’abazungu mbere y’uko ashinga sosiyete itwara abagenzi ya Volcano Ltd mu 1999 ubwo yasozaga Kaminuza y’u Rwanda i Huye, aho yageze mu 1995. Iyi sosiyete, yayishinze atangiriye ku modoka ebyiri gusa zavuye mu mafaranga yagurijwe n’Umuyobozi wa Akagera Motors mbere yo gukorana n’amabanki.

    Ibyo bigaragaza uburyo ari umuntu ushabika cyane kandi akaba arazwa ishinga no gukora ibyo yiyemeje kugeza abigezeho. Abamuzi, bavuga ko ari umugabo ubyuka kare, akaryama atinze.

    Uretse kuba umunyemari wikorera, asanzwe kandi ari mu bayobozi b’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), aho ayobora Ishami ry’Ubucuruzi na Serivisi.

    Mu kazi ke kenshi agira, ntajya abura umwanya wo gukurikirana imikino y’umupira w’amaguru ndetse yakundaga kugaragara kenshi ku kibuga iyo Mukura Victory Sports yabaga yakinnye, Ikipe y’Igihugu cyangwa akitabira imikino ya FC Barcelone i Burayi, ibintu we afata nk’akazi bitewe n’urukundo rwabyo.

    Intsinzi ye muri FERWAFA yakirijwe yombi na benshi

    Ubwo yari amaze gutanga kandidatire ye mu byumweru bitatu bishize, benshi bamuhaye amahirwe yo kuyobora FERWAFA batitaye ku wundi washoboraga kwiyamamaza.

    Nyuma yo gutorwa ku wa 27 Kamena 2021, intsinzi ye yakiriwe neza na benshi barimo abahoze bayobora FERWAFA, Martin Ngoga wigeze kuba Visi Perezida wayo, ubu akaba ari Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), Ambasaderi Nduhungirehe Olivier n’abandi batandukanye.

    Kwiyamamaza wenyine nyuma yo gukuramo kandidatire kwa Rurangirwa Louis, agatorwa ku bwiganze bw’amajwi 52 kuri 59 y’abatoye bose, bigaragaza icyizere afitiwe n’abanyamuryango b’iri Shyirahamwe agiye kuyobora mu myaka ine iri imbere.

    Afatwa nk’utaje gushaka indonke muri FERWAFA

    Kuba Nizeyimana Olivier yaranze kujya mu buyobozi bwa FERWAFA mu myaka ine ishize, ariko akaba aje uyu munsi, birashoboka ko abona hari icyo ashobora gukora mu guhindura no guteza imbere umupira w’u Rwanda nk’uko yabigarutseho yimamaza.

    Bamwe mu bayoboye iri Shyirahamwe, bakunze gutungwa agatoki ko baba barajwe ishinga no kuhakura indonke, aho hari abashinjwe kwihemba ibihumbi 20$ (miliyoni 19,6 Frw) nk’umushahara bagenerwa na CAF ku mwaka nyamara batarayakorera, bakisabira uduhimbazamusyi kuko baherekeje Ikipe y’Igihugu cyangwa bakirengagiza ishingano zihari bakajya mu biraka bibinjiriza menshi mu bindi bikorwa bya CAF cyangwa FIFA.

    Kuri Nizeyimana Olivier, aya mafaranga si ikibazo kuri we kuko nka sosiyete ye ya Volcano Ltd, ishobora kuyinjiza mu gihe gito ndetse biroroshye kubyumva kuko yari asanzwe atanga asaga miliyoni 80 Frw ku mwaka muri Mukura Victory Sports abinyujije muri Volcano Ltd na Hyundai.

    Nk’uwize ibijyanye na Management muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse n’amasomo y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’Imiyoborere mu by’Imari (MBA) mu Buholandi, uyu mugabo yitezweho kandi imikorere ihamye n’imikoreshereze nyayo y’umutungo wa FERWAFA dore ko afatwa nk’inyangamugayo.

    Akenshi, uzasanga bamwe bavuga ko FERWAFA ibamo amafaranga menshi nyamara ukibaza icyo akoreshwa ukakibura. Ni mu gihe nko muri uyu mwaka wa 2021, iri Shyirahamwe ryatangaje ko ingengo y’imari yaryo izaba ingana na 6.364.175.639 Frw.

    Ategerejweho kubaka FERWAFA itajenjeka no kongera gukundisha ruhago Abanyarwanda

    Ubwo yari amaze gutorwa, Nizeyimana Olivier yavuze ko mu byo we n’abo bazakorana bazibandaho harimo gushaka abaterankunga no guteza imbere umupira w’amaguru bahereye mu bakiri bato no kunoza ibijyanye n’imiyoborere mu makipe.

    Ati “Tuzashaka abaterankunga, ariko icyo tugomba guheraho ni ukwicaza abo bantu bose bafite amarerero y’abana bakiri bato, tukababaza ibibazo bafite ndetse tukabigisha no gukora mu buryo bwa kinyamwuga. Tuzategura n’amarushanwa.”

    Yakomeje avuga ko kimwe mu byo bazashakira umurongo ari amasezerano FERWAFA iherutse gusinyana na Bralirwa nk’umuterankunga uzishyura miliyoni 640 Frw mu myaka ine.

    Ati “Icyo nabizeza ni uko gahunda yo gukosora ibitaganda neza ihari. Ku bijyanye n’abaterankunga, ntabwo twishimiye ubufatanye buhari uyu munsi, gusa no kubikosora hari inzira binyuramo, tumaze iminsi tuganira ariko no kubihagarika bigira inzira binyuramo.”

    Kimwe mu byo abakurikirana cyane umupira w’amaguru muri iyi minsi batishimira ni uburyo uyobowemo, aho bamwe bashinja urwego ruwushinzwe guhuzagurika mu iyubahirizwa ry’amategeko no kutagira imikorere ihamye kandi ifite icyerekezo no kuba mu bikorwa byarwo hadakunze kugaragaramo abakinnye ku rwego rukomeye (legends).

    Kuba Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ititwara neza ndetse ibyiciro byayo bimwe ntibyitabire amarushanwa mpuzamahanga atandukanye kubera amikoro, itoneshwa ry’amakipe amwe yitwa ko ari makuru no kutagira gahunda ihamye y’amarushanwa na gahunda zo guteza imbere umupira w’amaguru biri mu byinubirwa n’abakunzi bawo.

    Kuri ibi, hiyongeraho ruswa ivugwa mu makipe n’abasifuzi bakunze gushyirwa mu majwi ariko kugeza ubu hakaba nta muntu n’umwe urumvikana yabihaniwe mu gihe kandi n’ikibazo cy’amarozi cyabaye agatereranzamba mu mupira w’u Rwanda.

    Amaso ahanzwe Nizeyimana Olivier nk’umucunguzi wa Ferwafa bityo ibyishimo bikongera gutaha mu mitima y’abanyarwanda

    Ibyakozwe n’abandi bayoboye FERWAFA mu myaka 27 ishize

    Nizeyimana Olivier yabaye Perezida wa 17 w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kuva rishinzwe mu 1976. Gusa, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ni bwo ruhago Nyarwanda yatangiye kumenyekana cyane ku rwego mpuzamanga.

    Ubwo u Rwanda rwari rumaze kubohorwa n’izahoze ari ingabo za APR mu 1994, FERWAFA yayobowe na Gasasira Ephraim wari usanzwe ari umunyamategeko, akaba yari yavuye mu ikipe ya Mukura Victory Sports.

    Uyu mugabo yayoboye FERWAFA amezi atandatu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse ategura amatora ari bwo hatorwaga Rtd. Lt Gen Caesar Kayizari wayoboye uru rwego rw’umupira w’Amaguru mu gihe cy’imyaka 10 kugeza mu 2005.

    Rtd. Lt Gen Caesar Kayizari afatwa nk’umwe mu bayobozi bubashywe banyuze muri FERWAFA dore ko ku gihe cye ari bwo amakipe yo mu Rwanda yagize ibihe byiza, Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ijya mu Gikombe cya Afurika cya 2004 nyuma yo gutwara Igikombe cya CECAFA mu 1999 mu gihe amakipe nka Rayon Sports na APR FC yegukanye CECAFA mu 1998 na 2004, iyi ya nyuma ikanagera muri ½ cy’irushanwa rya Africa Cup Winner’s Cup mu 2003.

    Ingoma ya Rtd. Lt. Gen. Caezar Kayizari, yaranzwe n’umuco wo kubatiza abanyamahanga cyane bagakinira Ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse no muri Shampiyona y’u Rwanda bagaragaragamo ari benshi. Ibi byatumye ahanini Shampiyona y’u Rwanda iba imwe mu mashampiyona avugwa ndetse anakomeye cyane bitewe n’uko ahanini habagamo amafaranga menshi ndetse icyo gihe ni bwo abakinnyi batandukanye barimo Karekezi Olivier na Jimmy Mulisa bagiye gukina hanze.

    Nyuma ye, hayoboye Gen Kazura Jean Bosco [wari ufite ipeti rya Brigadier General] hagati ya 2006 na 2011. Icyo gihe ni bwo u Rwanda rwakiriye igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 20 muri 2009 n’icy’Abatarengeje imyaka 17 muri 2011 aho rwakinnye umukino wa nyuma ndetse rubona itike y’Igikombe cy’Isi cyabereye muri Mexique mu 2011.

    Muri icyo gihe ni bwo hatangiye gahunda zo kuzamura umupira w’amaguru w’Abanyarwanda uhereye mu bana bato, ndetse haba ivugurura ry’amastade kandi hubakwa ibibuga bishya.

    Uwahoze ari umusifuzi mpuzamahanga, Ntagungira Célestin [Abega] ni we wasimbuye Gen Kazura mu 2011 mu gihe mu 2014, na we yasimbuwe na Nzamwita Vincent De Gaulle wigeze kuba Umunyamabanga wa APR FC, we wayoboye kugeza mu 2017.

    Bombi bahurira ku kuba baragerageje gushakira umupira w’u Rwanda abaterankunga mu byiciro bitandukanye no gutsura umubano n’amashyirahamwe y’ibindi bihugu, gusa umusaruro w’Ikipe y’Igihugu n’urwego bari bitezweho kugeza kuri ruhago y’u Rwanda nk’abari basanzwe bayizi, si rwo bagaragaje.

    Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène yabaye undi wahoze mu gisirikare wagarutse muri FERWAFA nyuma y’imyaka irindwi Gen Kazura agiye, ariko na we nta kidasanzwe yafashije mu guteza uyu mukino abenshi bemeza ko uri gukura nk’isabune ndetse n’urukundo bari bawufitiye rukabaganuka.

    Ubusanzwe abakunzi ba ruhago baba bategereje intsinzi batitaye ku nzira byacamo. Amarangamutima yabo azwi na buri wese ku buryo byageze n’aho muri Guma mu Rugo bananira Polisi, bagasohoka mu ngo zabo bakajya kwishimira intsinzi y’Amavubi mu mihanda bamwe bakenyeye za essuie-main.

    Ugiye kureba, wasanga abanyarwanda bamaze igihe kinini basa n’abari mu kiriyo, ibyishimo byuzuye babiheruka mu 2004 ubwo u Rwanda rwajyaga muri CAN. Igihe kirageze ngo bahozwe ayo marira, ari nacyo Nizeyimana na Komite ye yiganjemo abakiri bato ariko bafite ubunararibonye mu mupira w’amaguru itegerejweho.

    Bitewe n’uburyo ruhago ikundwa [ndetse umuntu ashobora kuvuga ko aricyo kintu gikundwa kurusha ibindi mu myidagaduro], umuntu uyobora Ferwafa aba asa n’uwigerezaho kuko aba ategerejweho byinshi.

    Birasaba ko Nizeyimana na Komite ye bakoresha ubunararibonye bafite ku buryo umupira w’amaguru uba isoko y’ubukire n’ibyishimo. Ubu ntibyumvikana ukuntu ruhago irushwa abaterankunga n’amarushanwa y’ubwiza afite abakunzi bake. Ni umukoro ukomeye we n’abo bafatanyije bafite.

    Nizeyimana Mugabo Olivier uheruka gutorerwa kuyobora FERWAFA yitezweho byinshi mu myaka ine yatorewe

    Nizeyimana Olivier mu ihererekanyabubasha ryabaye ku wa 29 Kamena 2019. Habyarimana Marcel wayobora Ferwafa by’agateganyo ni we uzaba umwungirije

    Abakunzi b’umupira w’amaguru bategereje impinduka zitandukanye nyuma y’uko Ferwafa ibonye ubuyobozi bushya bukuriwe n’umunyemari Nizeyimana Olivier usanzwe ukunda ruhago

    Nizeyimana Olivier yatorewe kuyobora FERWAFA mu matora yabaye ku wa 27 Kamena 2021

    Nizeyimana yari amaze imyaka isaga 10 ari Umuyobozi wa Mukura Victory Sports ikina mu Cyiciro cya Mbere

    Mu gihe Nizeyimana Olivier yamaze ayobora Mukura Victory Sports, yegukanye Igikombe cy’Amahoro mu 2018, cyaje nyuma y’imyaka 26 idatwara igikombe cy’igihugu

    Mu mwaka w’imikino 2018/19, Nizeyimana Olivier yari ayoboye Mukura Victory Sports yongeye guserukira u Rwanda mu mikino Nyafurika nyuma y’imyaka 17 idasohoka

    Rtd Brig Sekamana Jean Damascène yeguye ku buyobozi bwa FERWAFA muri Mata 2021, nyuma y’imyaka itatu n’igice atowe

    Ku buyobozi bwa Nzamwita Vincent De Gaulle, Ferwafa yabonye abaterankunga batandukanye barimo Azam TV n’ubufatanye n’amashyirahamwe arimo irya FRMF ya Maroc

    Ntagungira Célestin Abega ni umwe mu bayoboye FERWAFA bari bitezweho impinduka zikomeye mu mupira w’u Rwanda

    Ubwo Gen Kazura Jean Bosco yayobora FERWAFA, u Rwanda rwakiriye amarushanwa menshi Nyafurika

    Rtd Lt Gen Ceazar Kayizari afatwa nk’umuyobozi wafashije u Rwanda kugira ibihe byiza muri ruhago birimo no gukina Igikombe cya Afurika mu 2004

  • Umuzimu waritse muri WASAC – #rwanda #RwOT

    Ni ikigo kivugwa mu bihombo kuva cyashingwa kandi gifite inshingano zikomeye zikora ku buzima bwa benshi. Nta muyobozi n’umwe ukirambamo, uwakabije yakiyoboye imyaka hafi ine kandi na we yasoreje muri gereza.

    Alfred Dusenge Byigero uherutse kwirukanwa ku buyobozi bukuru bwacyo, we manda ye yamaze iminsi 198. Ni umuntu wa Gatatu wambuwe inshingano zo kuyobora iki kigo mu gihe cy’imyaka irindwi.

    Iyirukanwa rya Byigero ryatumye bamwe bongera gutera agatima kuri iki kigo, bibaza ibibazo gifite n’igituma bikomeza kuba akarande. Yirukanywe nyuma y’amasaha make Inteko Ishinga Amategeko isubitse igikorwa cyo kwakira Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Claver Gatete, kugira ngo atange ibisubizo ku bibazo bimaze igihe bigaragara muri Wasac.

    Mu yandi magambo, Minisitiri w’Intebe yasabye ko kumva ibisubizo bya Gatete bihagarara arangije ahita yirukana Byigero wari Umuyobozi wa Wasac.

    Byigero yazize iki?

    Ubusanzwe Byigero ni umuhanga mu by’amashanyarazi, yabiminuje muri Kaminuza ya Twente mu Buholandi hagati ya 2006-2007 abona Masters, mbere yaho yari yarize muri Kaminuza y’i Benghazi muri Libya hagati ya 1991 na 1996 mu bijyanye n’ikoranabuhanga (Electronics Engineering).,

    Hagati ya 2012 na 2017 yakoze muri RURA nk’Umuyobozi Mukuru wungirije, ahava ajya gukora muri Île Maurice aho yari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu wagereranya na RURA yo mu Rwanda. Yamaze kuri uwo mwanya umwaka n’amezi atatu, arahava amara undi n’amezi arindwi mu kigo cy’abikorera gikora mu bijyanye n’amashanyarazi ari na ho yavuye mu Ukuboza agirwa Umuyobozi Mukuru wa Wasac.

    Mu minsi 198 yamaze ayobora Wasac, bivugwa ko mu bintu bya mbere byamugoye harimo kumva neza imishinga y’iki kigo, ku buryo abasha guhuza icyerekezo n’abo ayobora ahubwo we yisanze “ashaka gutwara ibintu mu buryo bwe”.

    Umwe mu bahaye amakuru IGIHE yagize ati “We ni umuntu ukunda guca ibintu hejuru. Ni cyo Muzola yari yarabashije, nibura we wabonaga ko yumva neza imishinga kuko yamaze igihe kinini akora muri Mininfra ayobora imishinga, irimo n’ijyanye n’amazi, akamenya uko iteye no kuyishakira ibisubizo.”

    Hagati ya Mata na Gicurasi, abakozi batatu bo mu buyobozi bukuru bareguye ku mpamvu zabo bwite. Hari bamwe bavuga ko kubona nk’ushinzwe imari n’ushinzwe imishinga mu kigo nk’iki begura, bigaragaza ko “harimo ibibazo”.

    Ku rundi ruhande, Byigero ashimirwa ko yari umuntu uzi kuzamura “morale” y’abakozi, akabiyegereza, agaharanira ko bagira imibereho myiza. Urugero rutangwa ni nk’ukuntu ku munsi w’abagore, bose yabatunguye akabaha ururabo.

    Kuva Wasac yashingwa mu 2014 [ kuko mbere yaho, amazi n’amashanyarazi byari mu kigo kimwe, EWSA] imaze kuyoborwa n’abantu batatu.

    Uwabimburiye abandi ni Sano James, wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wungirije muri EWSA. Yavuye ku buyobozi bw’iki kigo afunzwe mu 2017 nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha byo gukoresha nabi umutungo no gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma agirwa umwere.

    Mu gihe cye hakozwe amavugurura menshi, ibijyanye no gukoresha mubazi bishyirwamo imbaraga n’ibiciro by’amazi birahinduka. Gusa imishinga igamije gukwiza amazi ntiyari yakabaye myinshi cyane.

    Umudive “wifunga” yahinduye ibintu

    Sano yaje gusimburwa na Eng. Aimé Muzola wari uvuye muri Mininfra aho yari ashinzwe imishinga. Yamaze imyaka itatu ayobora iki kigo.

    Abenshi mu bakurikiranye imikorere ya Wasac ku ngoma ye, bahamya ko ari umuntu wari warashyize imbere gahunda zigamije guteza imbere imishinga, ku buryo hubatswe inganda z’amazi mu bice bya Nyagatare, Gishira [Rubavu], Bugesera n’ahandi.

    Yari azi kugenzura akantu ku kandi kubera inararibonye yari avanye muri Mininfra, ku buryo nk’umuntu wagenzuraga imishinga y’igihugu cyose, kugenzura ivuga ku mazi gusa bitari bimugoye.

    Yahuzaga cyane na Umuhumuza Gisèle wari umwungirije ku buryo uyu mugore yakurikiranaga inshingano ze mu buryo bwa tekiniki, umukuriye we akareba imishinga migari ku rwego rwa politiki.

    Ku bwa Muzola ngo nta mukozi wigeze winjira muri Wasac aciye mu nzira zidafututse zirimo iza ruswa nk’uko mbere yaho byari byarimakajwe, gusa akanengwa ikintu kimwe.

    Yanengwaga ko ari umuntu udasabana n’abakozi, ugira igitsure cyinshi ku buryo hari n’abakozi bamwe batinyaga kumuvugisha, bimwe abantu mu Kinyarwanda gipfuye bita “kwifunga”. Ni umugabo w’umudive wari ufite amahame akomeye agenderaho.

    Muzola ubwo yaba yarazize iki?

    Ku ngoma ye, Wasac yahawe amanota make inshuro zirenga eshatu zikurikiranya muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ndetse yagera n’imbere ya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura uburyo umutungo wa leta ukoreshwa, akanengwa, na byo biba inshuro zikurikirana.

    Uko kubona amanota make imbere ya PAC no muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari bivugwa ko ari byo byamwirukanishije.

    Umuhumuza we ni shyashya?

    Abayobozi batatu bamaze kunyura muri Wasac basimburana ariko bagasigamo Umuhumuza Gisèle wanahawe inshingano zo kuba ayobora iki kigo by’agateganyo.

    Amaze imyaka umunani muri Wasac, ku buryo azi aho ibibazo byayo bishingiye. Yabaye Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi kuva mu 2014 ubwo iki kigo cyayoborwaga na Sano.

    Abamuzi basobanura ko ari umugore w’umuhanga, uzi gukora inshingano ze kandi akagira umwete cyane. Bivugwa ko impamvu ahanini abayobozi bakuru birukanwa we agasigara, bishingiye ku buryo we yubahiriza ibyo ashinzwe.

    Hari abakozi ba Wasac bibaza impamvu ahubwo atazamurwa mu ntera ngo agirwe Umuyobozi Mukuru. Gusa hari uwabwiye IGIHE ko mu gihe na we yaba agiye ku buyobozi bukuru ashobora kwirukanwa mu gihe cyose nta mpinduka zabanje gukorwa muri Wasac.

    Wasac ifite abakozi bagera ku 1200 ku biro bikuru byayo, amashami 20 ndetse n’inganda 25 zitunganya amazi hirya no hino mu gihugu.

    Ibihombo muri Wasac byabaye karande

    Kuva Wasac yashingwa mu 2014, ni cyo kigo cya leta gihora hejuru muri byose mu gucunga nabi umutungo wa leta. Ni mu gihe inshingano gifite zingana ubuzima, amazi yabuze, ubuzima na bwo bwaba mu marembera.

    Mu 2019 amafaranga y’u Rwanda, Miliyari 8,6 Frw yakoreshejwe nabi, mu gihe mu 2018 yari miliyari 5,6 Frw.

    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2020, igaragaza ibibazo agahishyi muri iki kigo birimo kuba nta genamigambi rihamye gifite no kuba kuva muri Kanama 2019 gifite Inama y’Ubutegetsi ituzuye.

    Ibi byiyongeraho ko nta bugenzuzi buhamye bukorwa kugeza ku kuba hari inyandiko zimwe za banki zihimbwa n’andi makosa akomeye mu bijyanye n’icungamutungo.

    Mu mwaka ushize w’ingengo y’imari, iki kigo nticyigeze gitanga inyandiko zigaragaza uko umutungo wacyo uhagaze n’ibindi.

    Umwaka ku wundi, ni ko kandi muri iki kigo habonekamo ibihombo bishingiye ku mazi apfa ubusa nk’aho mu 2020, ayapfuye ubusa ashobora kubarirwa agaciro ka miliyari 6,3 Frw mu gihe waba ubariye meterokibe imwe kuri 323 Frw nk’igiciro cyo hasi, wayibarira ku giciro cyo hejuru akaba miliyari 17,4 Frw. Icyo gihe metero kibe imwe yaba ibariwe kuri 895 Frw.

    Muri uwo mwaka iki kigo cyahombye miliyari 9,4 Frw, uruhare runini rwayo ni amazi yapfuye ubusa n’atarishyujwe, amazi yishyujwe ku biciro bitari byo, imanza cyatsinzwe n’ibindi.

    Ubaze nibura amafaranga Wasac yagombye, ni 50% by’ayo yari yinjije mu 2019 kuko icyo gihe yari miliyari 18,7 Frw.

    Kugera muri Werurwe 2021, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cyishuzaga Wasac imisoro irenga miliyari 2,2 Frw utabariyemo amande y’ubukererwe. Uyashyizemo ubu Wasac igomba kwishyura miliyari 3 Frw.

    Ibi bibazo bikurikira kandi imishinga idacungwa neza nk’uruganda rwa Nzove rwashowemo miliyoni 30$ mu 2018.

    Hari nk’umushinga witwa Kigali Water Ltd kugeza ku wa 30 Kamena 2019 wari umaze guhombya iki kigo miliyari 2,7 Frw.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, mu mwaka ushize yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko ko abayobozi ba Wasac bageze aho banga ko iki kigo kigenzurwa.

    Ati “Usibye ko Wasac ari ikigo cya Leta ubundi twari kuba twararetse kujyayo kuko baratubujije.”

    Hari ababona amazi bagashima rusengo

    Imikorere idahwitse ya Wasac ituma ibibazo by’amazi bikiri ingutu mu gihugu, nk’aho hari uduce tukivoma ibirohwa no mu Mujyi wa Kigali ukabona abantu babona amazi rimwe mu minsi itatu.

    Ibyo binajyana n’imiyoboro ishaje hirya no hino aho usanga amazi apfa ubusa. Iki kigo kandi cyakunze kunengwa n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari gukora amakosa mu isinywa ry’amasezerano gikorana n’abandi bafatanyabikorwa, ibintu bishobora kugira uruhare ku izamuka.

    Hari n’amavomo ari hirya no hino mu gihugu yubatswe ariko adakora uko bikwiriye, urugero ni nk’ayo mu Karere ka Nyagatare na Karongi aho 57% by’ayubatswe adakora.

    Mu Karere ka Gakenke ho hagaragara amavomo menshi yangiritse ariko ntiyasanwa, ibigega biva by’i Rwamagana n’ibindi byinshi.

    Ruswa yahawe intebe

    Wasac iri mu bigo bidasiba kugaragara muri Raporo y’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane, Transparency International, Ishami ry’u Rwanda.

    Iherutse gushyirwa hanze igaragaza ko muri Wasac ruswa irimo ku kigero cya 5,40% ivuye kuri 3,53% mu 2019.

    Ingabire Marie Immaculée uyobora uyu muryango aherutse kubwira IGIHE ati “ Wasac, ni ikigo gishobora kuba cyaracunzwe nabi igihe kinini ku buryo no kukizahura bitazoroha […] cyajemo imico mibi, imikorere mibi isa n’iyabaye akarande.”

    Umuti uzaba uwuhe?

    Wasac ni kimwe mu bigo bya leta bikora ubucuruzi kandi bifite umutungo munini cyane. Nko mu 2019, umutungo wayo wagenzuwe wari ufite agaciro ka miliyari 49,8 Frw.

    Muri Kamena 2020, Biraro yabwiye IGIHE ko ibigo uko byaba bimeze kose bigomba kuba bihuriye ku buryo buhamye bwo gucunga umutungo ku buryo icyari kigamijwe kigerwaho. Hanyuma ibikorwa ubucuruzi, byo bikaba bihuriye ku kuba biba bigomba kubyara inyungu kandi inshuro nyinshi “ntibyoroha”.

    Yavuze ko ubundi iyo umuntu avuze ikigo cy’ubucuruzi, ikintu cya mbere kigomba kumvikana, aba ari inyungu, bityo ko mu gushyiraho itegeko, hakwiye no kurebwa ku bigomba kuba iyo inyungu itabonetse.

    Ati “Kuki bitabona inyungu? Ese birashoboka? […] Iyo inyungu itabonetse bigenda bite? Hari amategeko, hari ikiba cyabiteye, hari ibyo tugomba kuzirikana ku buryo ikintu cyose dukora duhagarara kuri rya hame rya mbere. Iyo bitabonetse bigenda bite?.”

    Itegeko rishya rijyanye n’imicungire y’ibigo bya leta bikora ubucuruzi, riha Perezida wa Repubulika ububasha busesuye bwo kuba yabikuraho cyangwa se yabihindurira inshingano.

    Kuba iteka rishyiraho ikigo cya leta cyangwa se rigikuraho rigomba kuba ari irya Perezida, bisobanurwa nk’ibigamije kwihutisha “ishyirwa mu bikorwa rya politike n’ingamba bya Leta naho sosiyete y’ubucuruzi igengwa na Leta igashyirwaho hakurikijwe amategeko agenga amasosiyete y’ubucuruzi”.

    Aho abo bayobozi ba Wasac ntibarengana?

    Wasac ni kimwe mu bigo bya leta bifite inshingano ziremereye. Mu 2024 kigomba guharanira ko abanyarwanda bose bazaba bagerwaho n’amazi bavuye kuri 86% bayafite uyu munsi.

    Ibyo bivuze ko kigomba gukora imishinga kikanacuruza kuko gikora ubucuruzi bw’amazi. Aha ni ho ruzingiye. Urebye nk’imiterere ya REG, ifite ibigo bibiri, EUCL na EDCL; kimwe gishinzwe ubucuruzi ikindi gishinzwe imishinga.

    Muri Wasac ho si ko bimeze, ibintu byose bibumbiye mu kigo kimwe, ku buryo kujya kugenzura ikigo gikora ubucuruzi ukabikora mu ndorerwamo y’amategeko ya leta byo ubwabyo hari ababibonamo igihanga.

    Ni kenshi na bamwe mu bayobozi ba Wasac bakunze kuvuga ko iki kigo gikwiriye kuvugururwa ku buryo bimera nk’uko muri REG bimeze, nibura ko byakemura ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

    Sano James yagiye ku buyobozi bwa WASAC muri Nyakanga 2014 ubwo Ikigo cyari gishinzwe Ingufu, Isuku n’Isukura (EWSA) cyaseswaga kigacibwamo ibigo bibiri byigenga aribyo Rwanda Energy Group (REG) na Water and Sanitation Corporation (WASAC). Yakuweho ku wa 2 Nzeri 2017

    Eng Aimé Muzola yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), ku wa 2 Nzeri 2017, akurwa kuri uyu mwanya ku wa 14 Ukuboza 2020

    Alfred Dusenge Byigero yirukanwe ku buyobozi bwa WASAC ku wa 1 Nyakanga 2021

    Yahise asimburwa mu buryo bw’agateganyo na Gisèle Umuhumuza wari usanzwe ari Umuyobozi wungirije muri WASAC

  • Kwizera Olivier na bagenzi be bari bafunganywe barekuwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gusoma urubanza rw’umunyezamu Kwizera Olivier wari umaze hafi ukwezi afunze, rumaze kwanzura ko Kwizera Olivier na bagenzi be barekurwa.

    Kwizera Olivier wari ufunganywe n’abandi barimo umukinnyi Runanira Amza ukinira ikipe ya Bugesera, urukiko rwabakatiye igifungo cy’umwaka gisubitse, rutegeka ko bahita barekurwa