Tag: featured

  • Ingabo zambariye kurwanya ubukene: Mu 2020/21 RDF yashoye miliyari 75 Frw mu bikorwa by’iterambere (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Muri izi mbwirwaruhame Perezida Kagame agaragaza ko kimwe n’urugamba rwo kubohora igihugu, uru na rwo rusaba ubufatanye bw’inzego zose bireba zirimo n’Ingabo z’u Rwanda.

    Hejuru yo kurinda ubusugire bw’igihugu no kubungabunga umudendezo w’Abanyarwanda, Ingabo z’u Rwanda zifite n’inshingano yo gutanga umusanzu mu kubaka iterambere ry’Igihugu.

    Izi nshingano ingabo z’u Rwanda zizuzuza binyuze mu kubaka ibikorwaremezo bitandukanye birimo amavuriro, amashuri, ibiraro n’imihanda. Uretse ibi bikorwaremezo zinatanga umusanzu ukomeye mu bikorwa byo kubakira abatishoboye aho gutura.

    Imibare itangwa na Minisiteri y’Ingabo igaragaza ko mu mwaka wa 2020/21 Ingabo z’u Rwanda zakoresheje arenga miliyari 75 mu kubaka ibikorwaremezo bitandukanye hagamijwe kuzamura iterambere ry’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage.

    Kimwe n’uko byagiye bigenda mu myaka yatambutse no mu wa 2020/2021 Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare mu kubaka ibikorwaremezo bigamije iterambere bitandukanye.

    Imirimo yo kubaka ibi bikorwaremezo byose yatwaye asaga 75,123,857,724 Frw. Ni amafaranga yabonetse ku bufatanye bwa RDF n’izindi nzego zitandukanye zirimo Minisante, Mineduc, Mininfra, Minict, Minicom, Minagri, Rema, REB n’izindi.

    Hubatswe ibitaro bya Nyabikenke, imihanda, ibiraro…..

    Abatuye muri Nyabikenke mu Karere ka Muhanga ni bamwe mu bagorwa no kubona serivisi z’ubuvuzi zo ku rwego rwo hejuru ahanini biturutse ku kuba nta bitaro bafite muri aka gace bishobora kuzitanga.

    Nyuma yo kubona iki kibazo Leta y’u Rwanda yafashe umwanzuro wo kuhubaka ibitaro biri ku rwego rw’akarere. Imirimo yo kubaka ibi bitaro yatangiye mu 2013 ariko mu 2014 imirimo iza guhagarara bitewe n’uko rwiyemezamirimo yabitaye.

    Mu 2018 imirimo yo kubaka ibi bitaro yeguriwe Inkeragutabara, kugeza ubu imirimo yo kubyuka ikaba iri ku musozo ku buryo bizatahwa mu minsi ya vuba.

    Ibi bitaro nibimara kuzura neza bizafasha abaturage bo muri aka gace basabwaga kujya ku bitaro bya Ruli biri mu Karere ka Gakenke cyangwa ibya Kabgayi biri mu Karere ka Muhanga kugira ngo babone serivisi z’ubuvuzi ziri ku rwego rwa hejuru.

    Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka ibi bitaro izatwara asaga miliyari 9 Frw.

    Uretse ibi bitaro bya Nyabikenke mu mwaka wa 2020/21 Ingabo z’u Rwanda zubatse ibigo nderabuzima bibiri mu Karere ka Karongi na Rusizi. Ibi byose byuzuye bitwaye 715.534 598 Frw.

    Ingabo z’u Rwanda kandi zakoresheje 232 612 287 Frw mu kubaka amavuriro y’ibanze ’Postes de santé eshatu ziherereye mu turere twa Gicumbi, Gasabo na Gakenke.

    Hubatswe inzu zitanga serivisi z’ububyaza mu Karere ka Nyarugenge na Rulindo zatwaye 185 871 954 Frw. Mu karere ka Kamonyi ho hubatswe inzu itanga serivisi z’ubuvuzi bw’abana ifite agaciro ka 17.432.189 Frw.

    Mu mwaka wa 2020/21, Ingabo z’u Rwanda kandi zifatanyije n’izindi nzego zitandukanye zubakiye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi inzu 705 zatwaye 8.995.733.407 Frw. Izi nzu zubatswe mu turere 25 tw’Igihugu zihabwa imiryango 705.

    Uretse izi nzu zubakiwe abarokotse jenoside hanubatswe izindi 59 zihabwa abakomerekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu. Izi zo zuzuye zitwaye 947. 613.913 Frw zihabwa imiryango 59 yo hirya no hino mu gihugu.

    Mu karere ka Nyagatare kandi ingabo z’u Rwanda zahubatse umuyoboro w’amazi ufite kilometero 33 kugira ngo hakemurwe ikibazo cy’abaturage batagiraga amazi meza. Uyu muyoboro wuzuye utwaye 803.340.612 Frw.

    Mu bijyanye n’uburezi mu turere twa Burera, Gicumbi, Nyagatare, Rulindo na Huye, Ingabo z’u Rwanda zahubatse amashuri yisumbuye atanga amasomo y’ubumenyingiro umunani na IPRC imwe. Ibi bikorwa byuzuye bitwaye 11.959. 579.397 Frw.

    Mu bijyanye n’ibindi bikorwaremezo mu mwaka wa 2020/21 ingabo z’u Rwanda zubatse zinasana ibiraro bine byo mu turere twa Bugesera na Nyabihu, byuzura bitwaye 402. 087.820 Frw.

    Zanubatse kandi imihanda ifite uburebure bwa kilometero 187.965 Frw mu turere dutandatu tugize igihugu. Imirimo yo kubaka iyi mihanda yarangiye itwaye 11.784.788.025 Frw.

    Imirimo yo kubaka ibi bitaro bya Nyabikenke yatwaye arenga miliyari 9Frw, bizafasha abatuye muri aka gace kubona ubuvuzi bwo ku rwego rwo hejuru hafi

    Hubatswe imidugudu igezweho

    Kimwe mu bikorwa ingabo z’u Rwanda zikora buri mwaka mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora, ni ukubaka imidugudu igezweho izwi nka ‘IDP Model Villages’.

    Mu mwaka wa 2020/21 hubatswe imidugudu nk’iyi ibiri irimo uwa Kinihira n’uwa Kinigi. Iyi midugudu uko ari ibiri yuzuye itwaye 27.294.379.418 Frw ituzwamo imiryango 144 itishoboye.

    Iyi midugudu yaje isanga indi yujujwe n’Ingabo z’u Rwanda irimo uwa Kaduha mu Karere ka Nyamagabe, uwa Mukuyu uri mu Karere ka Gasabo n’uwa Mugina uri mu Karere ka Kamonyi.

    Iyi midugudu iba yubatswe mu buryo bugezweho ku buryo ifite ibikorwaremezo byose bishoboka birimo amavuriro n’amashuri. Abaturage bahabwa inzu nziza kandi zirimo n’ibikoresho byose.

    Abatujwe muri iyi midugudu bagiye bahabwa n’indi mishinga irimo ubworozi bw’inka n’inkoko ngo ikomeze kubasindagiza mu rugendo rw’iterambere.

    Kuva mu 2016 ku munsi wo Kwibohora hatahwa imidugudu igezweho. Hamaze gutahwa imidugudu 82.

    Muri iyi midugudu igera kuri itanu irimo uwa Rweru, uwa Kazirankara-Nyundo, uwa Horezo-Kanyenyeri, uwa Karama n’uwa Gishuro yatashywe na Perezida Paul Kagame.

    Umudugudu wa Kinigi uwurebeye hejuru ni uku ugaragara. Wuzuye utwaye arenga miliyari 26 Frw

    Uyu mudugudu wa Kinigi ufite Ikigo nderabuzima cyujuje ibisabwa byose

    Iki kigo nderabuzima cyubatswe hakoreshejwe arenga miliyari 1 Frw

    Abatujwe mu mudugudu wa Kinigi bavuze ko bigiye kubahindurira ubuzima

    Muri Nyamagabe naho hubatswe Umudugudu wa Kaduha ugizwe n’inzu zigezweho

    Mu Karere ka Gicumbi hubatswe ‘Gatuna Health Post’ izajya ifasha abahatuye kubona ubuvuzi hafi

    Izi ni inyubako za ‘Groupe Scolaire Vunga’ mu Karere ka Nyabihu. Zubatswe ku bufatanye na RDF

    Ingabo z’u Rwanda kandi zasannye ikiraro cya Giciye giherereye mu Karere ka Nyabihu

    RDF igira n’uruhare mu bikorwa by’ubworozi aha yorozaga abaturage bo mu Karere ka Burera

    Aya materasi yo muri Mukarange mu Karere ka Gicumbi yakozwe ku bufatanye n’Ingabo z’u Rwanda

  • #EURO2020 : Abongereza n’Abataliyani barahurira ku mukino wa nyuma #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ni bwo hakinwe umukino wa kabiri wa ½ cy’irangiza, umukino wabereye kuri Stade Wembley uhuza u Bwongereza na Danmark.

    Danmark ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 30 w’igice cya mbere, igitego cyatsinzwe kuri Coup-Franc na Mikkel Damsgaard kuri Coup-Franc, umunyezamu Pickford awukoraho ariko uranga ujya mu izamu.

    Ku munota wa 39 w’umukino, ku mupira wari uhinduwe mu rubuga rw’amahina na Bukayo Saka ashaka Sterling, kapiteni wa Danmark Kjaer yahise awukoraho ujya mu uzamu, igice cya mbere kirangira ari igitego 1-1.

    Amakipe yombi yakomeje gushakisha uburyo kubona igitego cya kabiri, ari nako akora impindukaz itandukanye ariko iminota 90 y’umukino irangira bikiri igitego 1-1.

    Mu minota 30 y’inyongera, Raheem Sterling wari wagoye ab’inyuma ba Danmark, yaje gukorerwaho Penaliti, Harry Kane ayiteye umunyezamu ayikuramo ariko ntiyagumana umupira, Harry Kane ahita yongera arawutera kiba igitego cya 2.

    Umukino waje kurangira abongereza begukanye intsinzi imbere y’abafana babo, bakaba bagomba kuzahurira ku mukino wa nyuma n’ubutaliyani bwasezereye Espagne, umukino utegerejwe ku Cyumweru.

    Abakinnyi babanje mu kibuga

    U Bwongereza: Pickford, Walker, Stones, Maguire, Shaw, Phillips, Rice, Saka, Mount, Sterling, Kane.

    Denmark: Schmeichel, Christensen, Kjaer, Vestergaard, Stryger Larsen, Hojbjerg, Delaney, Maehle, Braithwaite, Dolberg, Damsgaard.

    Raheem Sterling ni umwe mu bakinnyi b
    Raheem Sterling ni umwe mu bakinnyi b’u Bwongereza bazonze ikipe ya Denmark

    Harry Kane yatsinze igitego cyahesheje intsinzi u Bwongereza
    Harry Kane yatsinze igitego cyahesheje intsinzi u Bwongereza

    Abongereza bishimiye gukabya inzozi zo kugera ku mukino wa nyuma w
    Abongereza bishimiye gukabya inzozi zo kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa mu mateka yabo

    Umutoza w
    Umutoza w’u Bwongereza, Gareth Southgate, yishimiye intsinzi

    Umunyezamu wa Denmark, Kasper Schmeichel, ntako atagize ariko biba iby
    Umunyezamu wa Denmark, Kasper Schmeichel, ntako atagize ariko biba iby’ubusa barasezererwa
    Abakinnyi ba Denmark bashimiye abafana benshi bari baje kubashyigikira
    Abakinnyi ba Denmark bashimiye abafana benshi bari baje kubashyigikira

    Amafoto: UEFA EURO 2020

  • Dr Uzziel Ndagijimana yahaswe ibibazo ku bihombo mu mushinga wa ’Vision City’ – #rwanda #RwOT

    Ibi bibaye nyuma y’ubugenzuzi n’ubusesenguzi bwakozwe na Komisiyo ishinzwe imikoreshereze y’umutungo wa Leta PAC, ku bibazo byagararagajwe muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2019 byugarije RSSB, birimo ibaruramari ritanoze, ishoramari ritunguka, amadeni ibigega biberanyemo n’ibindi.

    Kuwa 6 Nyakanga 2021, Minisitiri Ndagijimana yagaragarije Abadepite ibyakozwe mu gukemura ibyo bibazo byagaragaraga muri RSSB ndetse na gahunda ihari yo kwimakaza imikorere myiza.

    Yavuze ko ikibazo cy’ibaruramari ritanoze kandi ritavangura neza umutungo w’ibigega bine bigenzurwa na RSSB, birimo Ikigega cya RAMA, Ubwisungane mu Kwivuza, amafaranga ahabwa abari mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse n’ikigega cyo kugoboka abagore bari mu kiruhuko cyo kubyara (Maternity Leave) cyamaze gukemuka.

    Yagize ati “Icyo kibazo cyatangiye igihe cy’ihuzwa ry’Isanduku ya Leta n’ikigo cy’ubwiteganyirize bw’abakozi ba Leta RAMA mu 2011 bigahurizwa mu kigo kimwe cya RSSB, nyamara ayo mashami yombi agafashwa n’ikoranabuhanga rimwe ndetse n’ishami rimwe rishinzwe imari. Ibi niko byakomeje ubwo RSSB bayongereraga ibindi bibiri.”

    “Banyakubwaha badepite ndagira ngo mbamenyeshe ko icyo kibazo cyakemutse guhera mu mwaka w’ingengo y’imari 2019-2020.”

    Mu bibazo byagarutsweho harimo amafaranga ahabwa abari mu kiruhuko cy’izabukuru, aho raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yari yagaragaje ko nta rutonde rw’abagombaga kuyahabwa.

    Minisitiri Ndagijimana yavuze ko ayo mafaranga angana na miliyari 1.2 Frw yabaye ashyizwe kuri konti inyuzwaho amafaranga y’abahabwa pansiyo mu gihe hagitegerejwe amakuru y’abagomba kuzayahabwa.

    Yagaragaje ko kandi hari Umushinga mugari w’ikoranabuhanga wo kwinjiza ibikorwa bya RSSB byose mu ikoranabuhanga, witezweho gukemura ibibazo byagaragaraga bijyane n’ubwishyu kubera ibura ry’ inyemezabwishyu mu bwisungane mu kwivuza.

    Umushinga wa Vision city wateje impaka

    Ikindi kibazo cyagarutsweho ni ikijyanye n’uko RSSB yashoye amafaranga mu mushinga wo kubaka inzu igamije kuzigurisha wa Vision City, gusa ingengo y’imari yari yateganyijwe iza kurenga cyane bitewe no kuvugurura inyigo no gushyiramo ibindi bikorwa bitari byarashyizwe mu nyigo ya mbere, byatumye inzu zihenda cyane.

    Mu kubaka hakoreshejwe asaga miliyari 115 Frw mu gihe hari hateganyijwe ko umushinga uzatwara miliyari 77 Frw.

    Nyuma yo guhatwa ibibazo n’Abadepite banyuranye ku gihombo cyatejwe n’uyu mushinga, Minisitiri Ndagijimana yavuze ko biteguye kugaruza ayahombejwe binyuze mu ishoramari ryawo rigikomeje.

    Yakomeje ati “Ibizakurikiraho biri kunozwa neza kandi hari icyizere ko bizabyazwa inyungu ku buryo igihombo cyatejwe mbere kizagaruzwa, turi gutegura gukorana n’abashoramari babizobereyemo kandi twifuza ko hazajya hubakwa inzu twamaze kubona abaguzi aho kugira ngo inzu zizajye zimara imyaka ibiri zitegereje umuguzi.”

    Muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019 yagaragaje ko inzu zimaze kugurishwa zingana na 40% kandi ku giciro gito ku buryo bishobora kuzakururira Leta igihombo gusa Minisitiri yagaragaje ko kugeza ubu izimaze kugurishwa zingana na 96%.

    Ku bijyanye n’ikibazo cy’inguzanyo zahawe abakozi ba RSSB ariko batakibarizwa muri iki kigo, zigera kuri miliyoni 139 Frw , Minisitiri yavuze ko hasigaye kugaruzwa miliyoni 72.9 frw kandi ko hafashwe n’ingamba zo gutanga amakuru ku kigo gishinzwe gukusanya amakuru ku bafite imyenda ku buryo badashobora guhabwa inguzanyo batarabanza kwishyura no guhagarika gutanga inguzanyo ku mishahara.

    Yavuze ko nka Minecofin mu rwego rwo kunoza imikorere ya RSSB hari ivugurura rigamije kongera ubushobozi no kunoza ishoramari ryayo, kuvugurura itegeko rigenga RSSB no kuvugurura inama y’ubuyobozi kandi ko hari gutegurwa imbonerahamwe nshya y’imirimo, imishahara, amategeko n’amabwiriza ngengamikorere mashya.

    Yavuze ko kandi ku bibazo bijyanye n’ishoramari byakunze kugarara muri RSSB, hashyizweho itsinda rihuriweho n’inzego zitandukanye ryunganira irya RSSB rishinzwe ishoramari mu mishinga kugira ngo habeho kunonosora imishinga igiye gushorwamo imari.

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel yavuze ko ibibazo byari muri RSSB ibyinshi byamaze kuvugutirwa umuti yemeza ko n’ibigihari biri mu nzira zo gukemuka

  • Karasira yabwiye urukiko ko amaze imyaka 18 yivuza indwara zo mu mutwe – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Nyakanga 2021, nibwo Karasira yatangiye kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Ubwo iburanisha ryari ritangiye, Umucamanza wari uriyoboye yasomye imyirondoro ya Karasira, amusabye kuvuga niba ari yo arayemera ariko avuga ko adatuye mu Biryogo nk’uko Urukiko rwabivuze.

    Karasira yavuze ko mu Biryogo ari aho yakodeshaga ndetse akimara gutabwa muri yombi, inzu yasubiranye ba nyirayo bityo we kuri ubu akaba atuye muri Sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro.

    Abunganira Karasira basabye ko iburanishwa risubikwa

    Uruhande rwa Karasira n’abamwunganira rwagaragarije Urukiko ko hari ibizamini byafashwe Karasira ngo harebwe niba arwaye indwara zo mu mutwe, bityo bakaba badashobora kuburana batarabona raporo ya muganga kuri ibyo bizamini.

    Basabye Urukiko ko rwategeka serivisi ishinzwe iby’indwara zo mu mutwe muri CHUK, kubagazeho mu gihe cya vuba ibijyanye na dosiye igaragaza uko ubuzima bwa Karasira buhagaze kugira ngo harebwe niba ashobora kuburana cyangwa arwaye indwara zo mu mutwe bityo akaba yajya kuvuzwa aho kuburanishwa.

    Ibyo bikaba bizafasha kugira ngo urubanza ruzaburanishwe vuba na bwangu hashingiwe kuri icyo cyemezo cya dosiye ya muganga ku buzima bwa Karasira.

    Abunganira Karasira kandi bongeye gushimangira ko bifuza ko abahanga bazamuvura ari abasanzwe bamuvura kuva mu myaka itanu ishize dore ko amaze igihe yivuza indwara zo mu mutwe.

    Bavuze ko aba baganga ba CHUK ari bo bifuza ko bazakomeza kumuvura aho kugira ngo hazashyirweho abandi batangwa n’izindi nzego nka RIB cyangwa Ubushinjacyaha.

    Yivuza indwara zo mu mutwe kuva mu 2003

    Karasira yavuze ko iby’uko abamwunganira basabye ko urubanza rwasubikwa na we ari ko abyifuza kuko agifite ibisigisigi bya Coronavirus kuko hashize icyumweru kimwe akirutse.

    Ibyo kuba amaze imyaka yivuza indwara zo mu mutwe, yavuze ko na RIB ubwayo yamujyanye kwa muganga kuko ngo na yo yabonaga hari ibitagenda neza.

    Karasira Aimable yabwiye Urukiko ko afite abaganga bagiye bakurikirana ubuzima bwe by’umwihariko ubujyanye n’indwara zo mu mutwe kuva cyera cyane kuko ari bo bamuvuye kuva muri 2003, mu bitaro bya Kaminuza bya CHUB biri i Butare.

    Yavuze ko aho ngaho i Huye yahivurije kuva 2003, akaba anafite numero ya dosiye ye yivurizaho [yayitanze mu rukiko], ndetse nyuma aza kwimukira i Kigali atangira kwivuriza muri CHUK.

    Yavuze ko icyifuzo cye ari uko dosiye ye ihabwa abo baganga bamuvuye kuva ubwo yari akiba i Huye cyangwa ab’i Kigali muri CHUK.

    Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga ku busabe bwa Karasira n’abamwunganira bw’uko iburanisha ryasubikwa, ubuhagarariye avuga ko bo baje biteguye kuburana, icyo asaba ari uko urukiko rwafata umanzuro.

    Ubushinjacyaha bwavuze kandi ko igishoboka ari ugutegereza abaganga bo muri CHUK bagatanga ibisubizo ku miterere y’ubuzima bwa Karasira.

    Urukiko rwanzuye ko iburanisha risubitswe ku mpamvu z’inzitizi zagaragajwe ndetse no kuba hataraboneka ibisubizo bya muganga.

    Umucamanza yasabye abunganira Karasira kuzashyira imbaraga mu gushaka raporo ya muganga.

    Nyuma yo gusoma uwo mwanzuro w’urukiko, Karasira yahise yaka ijambo avuga ko kuba inkuru ye yarageze kure yifuza ko yazaburanira mu ruhame.

    Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa tariki 23 Nyakanga 2021, saa tatu za mu gitondo.

    Karasira Aimable yatangaje ko amaze imyaka 18 yivuza indwara zo mu mutwe

  • Muhanga: Abacuruza imboga bagiye kubakirwa ahandi, kugabanya ubukode bizaganirwaho – PSF #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abacuruza imboga n
    Abacuruza imboga n’imbuto bagiye kwimurwa kuko aho bakorera zangizwa n’ubushyuhe

    Ubwo bushyuhe ngo bwatumaga imboga n’imbuto bacuruza bisaza vuba ndetse bimwe bikaba byabora kubera ko nta mwuka uhagije uhagera, ibyo kandi bizanakuraho ikibazo cy’abavunikaga bazamura imifuka y’imboga, imbuto n’inyama ndetse binorohereze abahaha ibya make kwegera aho biri.

    Hashize hafi amezi abiri isoko rishya rya Muhanga ryuzuye ku bufatanye n’abikorera ndetse ryimuriwemo abakoreraga mu isoko rishaje ubu rigiye kubakwamo ububiko bunini bw’ibicuruzwa.

    Kwimura abanyesoko bamwe ntibyabanyuze kubera ibiciro bavugaga ko bihanitse ugereranyije n’aho bakoreraga mbere kandi ibiciro bagurishaho bitarazamutse, ubu igiciro cyavuye ku mafaranga ibihumbi umunani y’u Rwanda kigera ku bihumbi 30 ku kwezi.

    Hanagaragaye kandi ikibazo cy’abagiye gukorera hanze y’isoko mu yandi mazu, byasabye ko babyangirwa kuko ngo byari binyuranyije n’amasezerano bagiranye n’isoko igihe bemererwaga gukodesha ibibanza mu isoko rishaje, yagombaga gushingirwaho mu kwimukira mu rishyashya.

    Ibiciro bihanitse no gukorera ahashyushye ni byo abacuruza imboga n’imbuto bavuga ko bibangamye

    Abahuje avuga ko abakiriya bakomeje kwakira ari abasanzwe, akifuza ko mu gutangira mu isoko rishya bari bakwiye guhabwa igihe cyo kugerageza no kumenyereza abakiriya bishyura makeya hanyuma bakajya bagenda bazamurwa mu biciro uko ibintu birushaho kumera neza, dore ko n’icyorezo cya Covid-19 kitaboroheye.

    Agira ati “Ntabwo twifuza ko iyi nyubako yacu nziza iteshwa agaciro, ni igisubizo kuko ntawe wifuza gukorera ahantu habi kandi ibyiza bihari, ariko uburyo dukoreramo ni byo biduhenze ariko inyubako ntacyo twayinenga kuko nibampenda ku bukode nanjye nzahenda umukiriya kandi icyo ni ikibazo na cyo”.

    Uwumuremyi Marie Claire avuga ko imboga za dodo, intoryi n’amatunda usanga zikubitwa n’izuba bikuma vuba vuba ku buryo bahura n’ibihombo, kuko batakibirangura kenshi nka mbere kuko abakiriya ari bakeya ugereranyije na mbere.

    Agira ati “Iyaba twabonaga aho dukorera hasi byari kuba byiza kuko imboga umuntu azigura azibonye. Ikindi hano izuba riratwicira ibicuruzwa ku buryo usanga hari ibyumagaye, amafaranga yariyongereye kandi n’ubwo hano ari heza ibyo tuhakorera nta kintu tugikiramo”.

    Igice cyashyizwemo abacuruza imboga n
    Igice cyashyizwemo abacuruza imboga n’imbuto kiri hejuru hashyuha kandi habangamira abakiriya

    Nyinawumuntu Gerardine avuga ko hari abantu bagicururiza hanze bazwi ku izina ry’abazunguzayi batangira abaza guhahira mu isoko rishya ugasanga abantu bamwe bahahiye hanze kuko mu isoko ari kure, agasaba ko na bo bakurwa hafi y’isoko.

    Agira ati “Hano hantu h’izuba ringana gutya ntabwo ari ah’imboga n’imbuto, iyo amatunda yakubiswe n’izuba usanga bavuga ko ashaje, dukeneye gukorera ahantu habereye ibyo ducuruza bakareba niba ibyo twishyura bihwanye n’ibyo dukuramo, imboga zirimo kwangirika”.

    Yongeraho ati “Icyifuzo cyacu nyamukuru ni ukutuvana aha hantu tugashyirwa aho buri mukiriya n’uwishyura 100frw agera n’ayo ibihumbi 30frw bakayaduca ariko twacuruje kuko nk’ubu mungezeho sindacuruza n’igiceri cya 100frw”.

    Hari abadatewe ikibazo n’imisoro kuko babonye aho bacururiza hagutse

    Rizinde François ucuruza ibirimo ifu n’ibindi byo kurya, avuga ko isoko rishaje ntaho rihuriye n’aho bakorera uyu munsi kuko isoko rishya rifite isuku kandi akaba yarabonye aho akorera hagutse, akavuga ko abakiriya nibamara kumenyera bizaba ari byiza kurushaho.

    Agira ati “Aha ni mu nzu nini mu gihe nakoreraga ahantu hafunganye, ndatekereza ko mu minsi iri imbere bizagenda neza, hari ibyo nabaga nabitse bitagaragara kandi ubu nabashije kongera ibicuruzwa hano kuko mfite umwanya munini”.

    Abakorera ahacururizwa inyama na bo bavuga ko aho bimukiye ari heza kandi bahishimiye kuko inyubako ifite isukuku igomba no guhenda ariko bakaba bifuza ko bishobotse nabo bashyirwa mu gice kiri hasi kuko usanga kuzamura imifuka y’inyama hejuru bibagora cyane.

    Akarere kabivugaho iki?

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko kuzuza isoko rya Muhanga ari umushinga mwiza bafatanyije n’abikorera kandi bagashyiramo ubushobozi bwinshi n’umwanya wabo kandi isoko rishya ryahinduye ishusho y’umujyi wa Muhanga.

    Avuga ko isoko rishya rizanye ibisubizo byinshi ugereranyije n’ibyo mu isoko rishaje kuko hari umutekano uhagije n’isuku nyinshi kandi muri iki gihe cya Covid-19 rigira uruhare mu gutuma abantu bisanzura.

    Kayitare avuga ko abantu bose batahita banyurwa no kwinjira mu isoko rishya kuko usanga buri wese yireba bitewe n’icyo akora mu isoko, ari na ho hagaragaye ibijyanye n’ubukode buri hejuru, n’ikibazo cy’abavuga ko bakorera ahantu hatababereye.

    Agira ati “Ibyo ari byo bose hari impinduka zagomba kuzamo mu biciro ariko nitwe nk’akarere duhagarariye inyungu z’abaturage, abacuruza imboga n’imbuto bavuze ko bakorera ahari izuba bitewe n’imiterere yaho, kandi bakaba bavuga ko bakorera kure, ariko hari aho twabonye tugiye kubimurira”.

    Ku kijyanye n’abavuga ko bakuwe aho bagiye gukodesha inzu z’ubucuruzi kuko ubushobozi bwabo butajyanye no gukorera mu isko rishya, Kayitare avuga ko isoko rijyanye n’icyerekezo cy’igihugu ari igitekerezo hagati y’abikorera n’ubuyobozi.

    Avuga ko abantu bakuwe mu maduka yegereye isoko bari bimukiyemo ari abari batangiye gucuruza ibibangamira isoko bikaba byica politiki y’abikorera n’akarere kandi bikabangamira abari mu isoko bafite ibicuruzwa nk’ibyabo.

    Agira ati “Abo twifuje ko bava muri ayo mazu ni abacuruza ibisa nk’iby’abemeye kujya mu isoko, ntabwo twakwemera ko baza guteza akajagari batangira abakiriya kuko ibyo byaba ari ukubangamira uburenganzira bw’abari mu isoko. Ikindi ririya ni isoko twimuye, hari amasezerano twagiranye na bo bajya muri ririrya soko, bagiye tudasheshe amasezerano kandi bajya mu nkengero z’isoko aho babangamiye abo twakomeje gukomezanya amasezerano”.

    Avuga ko uruhare rw’akarere rwashyizwe mu isoko ari urw’abaturage kandi bagomba kugenzura ko imikorere yabo yakoroshywa kuko icyari kigoye cyane kwari ukubona isoko kandi ibisubizo ryazanye birahagije na ho imbogamizi zindi zavuka zikazajya zishakirwa ibisubizo.

    PSF yiyemeje kwimura abacuruza imboga n’imbuto mu gihe kitari kirekire

    Umuyobozi w’urwego rw’abikorera PSF mu Karere ka Muhanga, Kimonyo Juvenal, avuga ko hari byinshi byagaragaye nyuma yo kwimura abantu bagera ku 2000 bakoreraga mu isoko rishaje.

    Avuga ko bimwe mu bibazo byagaragaye birimo n’abagiye aho batishimiye barimo abacuruzi b’imboga n’imbuto ubu bakaba bagiye kuhimurwa nyuma yo gusuzuma no kuganira ku mbogamizi bagaragaje.

    Agira ati “Iyo wimuka hari imbogamizi ugenda uhura nazo kandi izo mbogamizi ni zo turimo gushakira ibisubizo, ku mboga n’imbuto twatekereje niba twabahyiriramo ibyuma byinjizamo umuyaga cyangwa tukaba twabubakira hasi. Turimo kuganira n’abubatse iri soko ngo badukorere inyigo zo ku kibuga kugira ngo tububakire aho bakorera bitabangamiye abandi kandi natwe bitatubangamiye”.

    Isoko rishya rya Muhanga
    Isoko rishya rya Muhanga

    Avuga ko hari gukorwa ibishushanyo by’uko aho hantu hazubakwa kandi ko bitazatinda kuko nibura byafata hagati icyumweru n’ibyumeru bibibri bakaza gukorera hasi, naho ku bijyanye n’ibiciro bavuga ko bihanitse bizaganirwaho.

    Agira ati “Twabanje kuganira uko abashoramari batahomba kandi n’abacuruzi batoya batahendwa, twari twabashyiriye ku bihumbi 30Frw twumva atari menshi ariko byose ni ibiganiro twagiye tugirana kandi tuzakomeza kuganira kandi ntabwo tuzabura ibisubizo”.

    Igice cya mbere cy’isoko cyuzuye gitwaye asaga miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda, akarere katanze hafi miliyoni 300frw abarirwa ku gaciro k’ikibanza ryubatseho, kazanatanga kandi asaga miliyoni 400frw angana n’agaciro k’ikibanza cyarimo isoko rishaje kigiye kwegurirwa abikorera, icyo gishoro ngo kikaba ari icy’abaturage bose bityo ntawe ukwiye kubangamirwa.


  • Gishari: Abapolisi 30 barahugurwa ku gutwara moto zifashishwa mu gucunga umutekano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abapolisi b
    Abapolisi b’u Rwanda bahugurwa muri byinshi birimo no gutwarira moto ku muvuduko uri hejuru

    Ni amahugurwa azamara ibyumweru bitatu aho bazahabwa ubumenyi mu gukoresha za moto zifashishwa mu gucunga umutekano cyane cyane uwo mu muhanda.

    Ayo mahugurwa yateguwe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Polisi yo mu gihugu cy’u Butaliyani (Carabiniere), aho abahugurwa barimo guhugurirwa ibijyanye no gutwara moto ugendera ku muvuduko mwinshi, kugabanya umuvuduko, gufata feri byihuse, uburyo wakoresha igihe moto iguye, ndetse n’uburyo wagenzura ikinyabiziga cyangwa ukakigeraho mu buryo bwihuse.

    Atangiza aya mahugurwa, CP Niyonshuti Robert, yagaragaje ko moto ari ibikoresho by’ingenzi mu gucunga umutekano wo mu muhanda.

    CP Robert Niyonshuti Umuyobozi wa PTS Gishari niwe wafunguye aya mahugurwa
    CP Robert Niyonshuti Umuyobozi wa PTS Gishari niwe wafunguye aya mahugurwa

    Ati “Amapikipiki ni ibikoresho by’ingenzi mu gucunga umutekano wo mu muhanda kubera ko byoroshye gutambuka mu gihe cy’umuvundo w’imodoka nyinshi, guherekeza no gucunga umutekano w’abayobozi mu gihe cy’ibirori cyangwa no kugenzura umuvuduko ngo bidateza impanuka no gukurikirana ibyaha bibera mu muhanda”.

    Brig. General Stefano Dragani wo mu Butaliyani akaba ari na we uhagarariye abarimu bazahugura abo bapolisi, yasobanuye ko aya mahugurwa agamije kongerera ubushobozi Abapolisi b’u Rwanda mu kazi kabo ndetse akaba anakubiye mu masezerano y’ubufatanye ari hagati ya polisi z’ibihugu byombi.

    Ati “Aya mahugurwa ari mu masezerano yashyizweho umukono hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iy’u Butaliyani, aho abarimu boherejwe gutanga amahugurwa bakorera mu ishami rishinzwe amahugurwa kandi babizobereyemo ku buryo amahugurwa yateguwe mu byiciro bitandukanye”.

    Brig. General Stefano Dragani
    Brig. General Stefano Dragani

    Brig. General Stefano Dragani yanashimiye ubufatanye buri hagati y’u Rwanda n’u Butaliyani, avuga ko bifuza ko bwakomeza mu byiciro byose byerekeranye n’umutekano.

    Icyegeranyo cyakozwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima muri 2018, kivuga ko impfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda zageze kuri miliyoni 1,35 n’izindi nkomere nyinshi ku isi zaturutse ku mpanuka.

    Naho mu Rwanda, kuva muri Mutarama 2020 ishami rya polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda rivuga ko habaye impanuka 8,025 zaguyemo abantu 939 hakomerekeramo 3,887.

    Mbere yo gutangira amahugurwa, babanje gusura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye muri urwo rwibutso
    Mbere yo gutangira amahugurwa, babanje gusura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye muri urwo rwibutso

    Aya mahugurwa byitezwe ko azafasha Abapolisi b’u Rwanda kurwanya no gukumira impanuka zo mu muhanda.

    Ni ku nshuro ya gatatu aya mahugurwa abaye ku bufatanye hagati ya polisi y’ibihugu byombi aho ku nshuro yayo ya mbere yabereye i Mayange mu Karere ka Bugesera mu gihe ku nshuro yayo iheruka yari yabereye mu Mujyi wa Kigali.

  • Maradona na Platini imvugo ntabwo yabaye ingiro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri uwo mukino hafashwe ifoto iriho nyakwigendera Diego Maradona wa Argentine na Michel Platini w’u Bufaransa bambaye imipira yanditseho ngo ‘twamagane ibiyobyabwenge’ imbere, inyuma handitse ngo ‘twamagane ruswa’, naho hagati yabo hari Edson Arantes do Nascimento, wamamaye nka Pelé mu ikipe ya Brésil, ariko we afashe ibiganza byabo bombi nk’umutumirwa w’icyubahiro kuko yari yarasezeye kuri ruhago (1977).

    Iyo foto rero aho ibera akaga ni uko mu Kwakira 1994 Maradona yaje kwirukanwa mu mupira w’amaguru igihe cy’amezi 15 nyuma yo gusanga yarafataga ibiyobyabwenge, Platini nawe mu Kuboza 2015 FIFA yamwirukanye mu buyobozi bw’umupira w’amaguru nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa ubwo yari umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi (UEFA).

    Umukambwe Pele (ubu ugize imyaka 80), we mu buzima bwe bwose yakomeje kwitwara neza kugeza magingo, ndetse na nyuma yo gusezera ruhago mu 1977, FIFA yamugize ambasaderi wa ruhago ku isi hose.

    Nyakwigendera Diego Maradona yitabye Imana ku itariki 25 Ugushyingo 2020 afite imyaka 60, amakuru yakurikiye urupfu rwe avuga ko yazize indwara y’ibihaha byari byarajemo amazi.

    Platini ubu ugize imyaka 60, we yasezeye kuri ruhago mu 1987 akomeza akazi ko kuyobora amakipe atandukanye harimo n’iy’u Bufaransa yayoboye kuva mu 1988 kugeza mu 1992.

  • Kinigi: Dutemberane mu Mudugudu w’Icyitegererezo watujwemo imiryango 144 (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rwego rw’Igihugu, Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 27 wizihirijwe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ahatashywe Umudugudu w’Icyitegererezo (Kinigi IDP Model village).

    Uyu mudugudu uherereye mu bilometero 12 uvuye mu Mujyi wa Musanze rwagati, wubatswe n’Ingabo z’u Rwanda. Ugizwe n’inzu z’amagorofa zubakiwe imiryango 144 itishoboye.

    Reba imiterere y’uyu mudugudu muri iyi Video:

  • Uruganda rukora amata y’ifu ntiruzabura umukamo – Guverineri Gasana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uruganda rukora amata y
    Uruganda rukora amata y’ifu ngo ntiruzabura umukamo

    Muri Nzeli 2022 ni bwo biteganyijwe ko uruganda rukora amata y’ifu ruzaba rwuzuye mu Karere ka Nyagatare.

    Ni uruganda ruzaba rufite ubushobozi bwo kwakira Litiro 500,000 ku munsi, nyamara mu Karere ka Nyagatare ubu haraboneka litiro 100,000 zirengaho gato ku munsi.

    Litiro zirenga 60,000 z’amata agurwa n’uruganda Inyange andi akagurishwa mu maresitora ndetse no mu baturage bayanywa.

    Guhera mu kwezi k’Ugushyingo 2020, umushinga wa RDDP wafashaga aborozi kubona inka z’umukamo n’ibindi bikorwa bigamije gufata neza amata wahagaritse ibikorwa byawo mu myaka itatu wari umaze ukorera mu Karere ka Nyagatare.

    Guhagarika ibikorwa byawo byateye impungenge bamwe mu borozi ndetse banasaba ko wakongeraho umwaka umwe kugira ngo ibikorwa byawo bigere kuri benshi.

    Umucungamutungo w’ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare, Niyonzima Ivan Bienvenue, avuga ko RDDP yafashije aborozi cyane ku buryo umukamo ugenda wiyongera umwaka ku wundi.

    Yifuje ko bakongererwa igihe cy’umwaka cyangwa amezi atandatu nibura abasabye bose bakabanza bakabona inkunga bari basabye.

    Yagize ati “RDDP yaradufashije cyane ariko na none ntabwo turagera aho twifuza, badufashije ikongerwa nk’umwaka cyangwa amezi atandatu nibura abasabye bakabanza bakabona inkunga byarushaho kuzamura ubworozi”.

    Umushinga RDDP wafashije cyane kubona inka zitanga umukamo, gushyira amazi mu nzuri no gutera ubwatsi bw’amatungo ku buryo impeshyi ishize nta nka zapafuye cyangwa ngo zigandare nk’uko byagendaga mu myaka ya mbere.

    Umukamo wariyongereye ndetse ukomeza no kuboneka mu gihe cy’impeshyi nyamara mbere hari amakusanyirizo y’amata yafungaga kubera kubura amata yakira.

    Mu myaka 3 RDDP ikorera mu Karere ka Nyagatare, amwe mu makoperative y’aborozi yatewe inkunga yo kugura imodoka, ibyuma bikonjesha amata, amakusanyirizo y’amata ahabwa umuriro w’amashanyarazi n’ibindi.

    Ku rundi ruhande ariko umuyobozi w’ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare, Gashumba Gahiga, avuga ko aho umukamo ugeze aborozi bahishimira kuko ugenda wiyongera.

    Agira ati “Ubu tugeze kuri litiro zisanga 100,000 ku munsi utabariyemo anyura ku ruhande. Nta kusanyirizo ry’amata rigifunga kubera impeshyi, twateye ubwatsi, benshi bafite amazi mu nzuri, nizeye ko uruganda tuzaruhaza kuko burya icy’ingenzi ni isoko rinini”.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko umukamo wa litiro 500,000 uzaboneka ndetse unarenge kuko hari inka nyinshi byongeye hakaba hari inzuri nini zororerwamo.

    Ati “Tuzabona amata agera kuri miliyoni ebyiri bitewe n’uko inka yaba ikamwa, dufite inka hafi 500,000 n’iyo hakamwa 200,000 byonyine, imwe ikamwe litiro 20 ku munsi usanga ari amata menshi”.

    Akomeza agira ati “N’ubwo ubu tubona litiro 100,000 gusa ariko turi mu ngamba zo kugira ngo uruganda baduhaye tunarusagure dushake n’andi masoko hirya bitewe n’uko umuturage akwiye kubyaza umusaruro izo nzuri zirenga 10,000 zihari”.

    CG Emmanuel Gasana asaba aborozi gukorera inzuri zabo no kugaburira inka kugira ngo zirusheho gutanga umukamo.

    Avuga kandi ko bagiye kongerera ubumenyi abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo kugira ngo babashe gufasha aborozi korora neza.