Tag: featured

  • Kugaruza inguzanyo zatanzwe muri VUP byabaye agatereranzamba – #rwanda #RwOT

    Ibi byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri raporo ye avuga ko hari gahunda yo kugaruza inguzanyo yatanzwe mu gihe cy’imyaka 11 ishize ariko inzego z’ibanze zikaba zitarigeze zikora raporo ku mafaranga yabasha kugaruzwa cyangwa uburyo azagaruzwa.

    Gahunda ya VUP yatangijwe mu 2008 ifite intumbero yo guhangana n’ubukene no kwivana mu bukene nk’imwe mu nkingi z’Umuryango w’Abibumbye zigamije iterambere rirambye yo kurandura ubukene bukabije mu 2030 ariko u Rwanda rwifuzaga kubigeraho mbere y’imyaka icumi n’ubwo bitagezwe.

    Kuba hatabaho uburyo buhamye bwo kugaruza ayo mafaranga bituma atagera ku bagenerwabikorwa benshi ngo bikure mu bukene.

    Muri gahunda ya VUP amafaranga yatangwaga mu byiciro bitatu bitandukanye birimo abashoboye gukora bahabwaga imirimo, inguzanyo zo gutangiza imishinga mito mu rwego rwo kwiteza imbere n’amafaranga yahabwaga abageze mu za bukuru (inkunga y’ingoboka) batagishoboye gukora agamije kubafasha kubaho mu buzima bwa buri munsi.

    Ibi ariko ntituri bubitindeho, reka twigarukire ku cyiciro cyo gukoresha abaturage bari hagati y’imyaka 18 na 65 bari bagize 40% by’abaturage bashoboraga gukora muri icyo gihe ndetse bamwe muri bo bagahabwa n’inguzanyo ngo bitangirire imishinga.

    Mu gutanga izi nguzanyo hibandwaga cyane ku bakorera mu makoperative kugira ngo bahuze imbaraga bazamurane, mu bihe bitandukanye hagiye hakorwa igenzura bagasanga amwe mu makoperative yari baringa, yarashinzwe agamije kurigisa amafaranga yagenewe kuzamura ubukungu bw’igihugu.

    Muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019/20, yerekana neza ko amafaranga 5 794 922 324 Frw yatanzwe nk’inguzanyo zo guteza imbere Abanyarwanda kugeza muri Kamena 2020 hari hamaze kugaruzwa 390 947 193 Frw bingana 8% by’ayatanzwe gusa. Nyamara muri icyo gihe cyose cy’imyaka isaga 11 ishize nta raporo igaragaza ashobora kugaruzwa n’atagaruzwa, bigatuma habaho kudindira.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze,LODA, gifite mu nshingano zacyo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kwihutisha iterambere, gahunda mbaturabukungu EDPRS na VUP ntikigeze kigaragaza uburyo bwo kugaruza ayo mafaranga angana na 82% by’ayatanzwe.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yasabye LODA gufatanya n’inzego z’uturere hagakorwa raporo igaragaza amafaranga yagarujwe n’ataragaruzwa kandi bagashyira imbaraga mu kugaruza ayo babona ba nyiri kuyatwara bafitiye ubushobozi bwo kuzishyura.

    Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi Mukuru wa LODA, Nyinawagaga Claudine Marie Solange, yavuze ko impamvu amafaranga atagarujwe ku gihe byatewe n’amakosa aba mu itangwa ry’izo nguzanyo n’imbogamizi zo kuba amakuru ajyanye nazo yarabikwaga mu makayi.

    Ati “Kubera ko zimaze igihe kinini, inyinshi zatanzwe tudafite uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gutanga amakuru bityo ugasanga hari nk’umuntu wimutse dufite amazina naho atuye ariko tudafite indangamuntu kuko ni inguzanyo zatanzwe mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2008/09, ugasanga inguzanyo zirandikwa mu makayi ariko ugasanga nta ndangamuntu yewe harimo n’abari batarabona telefoni icyo gihe.”

    Yavuze ko kandi impamvu zo gutinda kwishyura aho baboneye uburyo bw’ikoranabuhanga, hari aho baburaga amakuru yuzuye kuri wa muntu watwaye inguzanyo.

    Ati “Ikibazo cya mbere byari ukumenya amakuru ku bimutse aho bari batuye, amakuru ku bitabye Imana ndetse n’imishinga imwe n’imwe yagiye ihomba cyane bitewe n’amapfa n’ibindi bibazo ugasanga umuturage yari asanzwe afite amikoro make, inguzanyo yayihawe ngo yiteze imbere ariko yagize ikibazo arahomba.”

    Yavuze ko hari gahunda yo gukusanya amakuru bagamije kumenya umuntu wese utarishyura inguzanyo ufite ubushobozi, kumenya uwaba yarapfuye atishyuye, hagamijwe gusobanura amafaranga ashobora kugaruzwa n’atagaruzwa.

    Ku bazasangwa bafite ubushobozi biteganyijwe ko bazagirana amasezerano mashya agenga imyishyurire ku buryo nyuma y’umwaka umwe gusa ni ukuvuga ko mu mwaka wa 2022 amafaranga ashobora kugaruzwa azaba yaragarujwe.

    Uyu muyobozi yagaragaje ko muri ibi bihe, izi nguzanyo zisigaye zitangwa mu buryo bwizewe kuko zinyuzwa muri Koperative Umurenge SACCO ziri mu mirenge ndetse hanashyizweho abantu bashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga yakirwa inguzanyo.

    Gutinda kwishyurwa ku bakoze imirimo

    Uretse ibibazo byo kudakurikirana amafaranga yatanzwe nk’inguzanyo, muri VUP, hakunze kuvugwa no kutishyura abakozi ku gihe, ibintu byabakomaga mu nkokora mu kwiteza imbere kabone n’ubwo bakoraga ariko hari abagorwaga no kwibeshaho.

    Ubusanzwe muri iyi gahunda byari biteganyijwe ko abakozi bagomba guhembwa nibura nyuma y’iminsi cumi n’itanu ariko si ko byagendaga kuko wasangaga abaturage babogoza kugira ngo bishyurwe.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ko mu turere turindwi habayeho gukererwa kwishyura abakozi amafaranga angana na miliyoni 142,3 Frw kandi ubwo bukererwe bwari butwaye iminsi 309 bingana n’amezi 10 abantu bakoze batarahembwa kandi ariho bari bategeye.

    Nko mu 2018 hagaragajwe ko abakoze muri gahunda za VUP hishyuwe miliyoni 975,5 Frw nyuma y’ubukererwe bw’iminsi 187.

    Nyinawagaga yabwiye IGIHE ko ibibazo byo gutinda kwishyura abakozi kuri ubu byamaze gushakirwa umuti ariko nabyo byaterwaga ahanini n’uburyo amakuru y’abakozi yatangwagamo.

    Ati “Twaricaye tubanza kureba ngo byaraterwaga n’iki, dusanga ari uko wasangaga abaturage barakoze ariko lisite zihemba zikozwe impitagihe, aho twashyizeho uburyo bwo kuzikora mu buryo bwihuse, icya kabiri wasangaga iyo amafaranga yageraga ku karere rimwe na rimwe nta guhana amakuru hagati y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere n’Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza, ikindi cyagararaye ni uko hari n’aho uturere twoherezaga amafaranga kuri SACCO nazo zikaryama.”

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yasabye ko mu kugera ku iterambere ryifuzwa, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC, LODA n’inzego z’Intara bakwiye gutekereza umushinga ari uko uturere twerekanye ko twateguye n’uburyo butarambiranye bwo kwishyura abakoze imirimo kuko akenshi ariho baba bateze amaramuko.

    Amaterasi yitezweho guhindura byinshi

    Imihanda iri mu byakozwe muri gahunda ya VUP

    VUP yashyizweho igamije kuzamura imibereho y’abanyarwanda ahanini kurandura ubukene

  • Gasabo: Yishe umugore we amutegeye mu nzira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuryango w’abo bombi utuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo, Akagari ka Ruhanga, umudugudu wa Nyagacyamo.

    Ipererza ry’ibanze ryerekanye ko bombi bari bafitanye amakimbirane, kandi ko Habyarimana yishe umugore we amutegeye mu nzira ndetse ahita atoroka.

    Muri iyi minsi hirya no hino mu gihugu, hakomeje kumvikana impfu nyinshi hagati y’abashakanye, bapfa gucana inyuma, kutumvikana ku mikoreshereze y’umutungo cyangwa kuwukoresha nabi, maze bikaba intandaro y’ibyaha bikomeye birimo no kwicana.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, kuri micro ya KT Radio yatanze inama ku miryango nyarwanda, mu rwego rwo gukumira impfu zisigaye zikunze kugaragara muri iyi minsi hagati y’abashakanye.

    Ati “Impfu zirimo kuba hagati y’abashakanye ni ikintu kibabaje RIB yahagurukiye kandi irwanya, ikirwanya mu buryo bwo kwigisha abantu dufatanyije n’izindi nzego kubana mu buryo bw’amahoro, uburyo bakemura amakimbirane yabo ndetse iyo hari amakimbirane amaze igihe bananiwe gukemura icyo gihe tubagira inama yo kwegera ubuyobozi bukabafasha”.

    Ati “Iyo ari ibyaha bikomeye byananiranye ku buryo byavamo ibyaha by’ubwicanyi cyangwa byavamo ibyaha byo gukomeretsa mu buryo bukomeje, tubagira inama y’uko begera RIB bakabimenyekanisha, bagashinganisha, ikabafasha”.

    Dr Murangira kandi asaba abaturage kwegera ubuyobozi mu makimbirane ayo ari yo yose yabananiye gukemura mu muryango, bubafashe n’ibyanga begere RIB, kuko bitangira ibyo byaha ari bito, bigakura, nyuma bikaza kubyara ibyaha bikomeye birimo kwicana, bityo Ubugenzacyaha bujye bubikumira hakiri kare.

    Amakuru avugwa na bamwe mu baturanyi b’uwo muryango, avuga ko abo bombi bari bamaranye imyaka icumi (10) ndetse banabyaranye abana babiri.

  • Sudan y’Epfo: Hari abatishimiye ubwigenge bamaranye imyaka 10 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu myaka 10 ishize bamwe ntibishimira iyo ntsinzi kandi bivugwa ko igihugu cyabo gikungahaye kuri peteroli.

    Bivugwa ko cyaranzwe n’imirwano yahitanye abantu bagera 400.000, ruswa ndetse n’ikibazo cy’umutekano muke nyamara harasinywe amasezerano y’amahoro.

    Al Jazeera ivuga ko muri iyo myaka 10 y’ubwigenge, abaturage ba Sudan y’Epfo badafite byinshi byo kwishimira, nk’uko byatangajwe na Joshua Craze, umushakashatsi mu ishuri ry’ubukungu ry’i London, wakoreraga muri Sudan y’Epfo kuva mu 2008.

    Ibyiringiro byari byinshi mu mwaka wa 2011 ubwo nyuma y’imyaka ibarirwa muri za mirongo hari intambara y’amajyaruguru n’amajyepfo, yatumye amajyepfo atora kwitandukanya n’agace ka Sudan y’Amajyaruguru.

    Salva Kiir wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba, icyo gihe yarahiriye kuba Perezida wa mbere wa Sudan y’Epfo, hamwe na Riek Machar, wari uyoboye undi mutwe w’inyeshyamba nk’umwungirije.

    Abanyesudani benshi bo mu majyepfo bari barahunze, baratahutse maze amahanga menshi asuka miliyoni z’amadolari yo gushyigikira Guverinoma nshya, gusa kugeza ubu abaturage bakomeza kunenga umutekano muke uharangwa, ari na yo mpamvu bahamya ko batakabaye bishimira ubwo bwigenge.

  • Barishimira ko bagiye gutura muri Biryogo izira ivumbi n’ibyondo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Biryogo mu isura nshya y
    Biryogo mu isura nshya y’imihanda ya kaburimbo

    Ibyo barabivugira ko hashize igihe kingana n’ukwezi hatangijwe ibikorwa byo gushyira kaburimbo mu mihanda yose igize agace ka Biryogo, ku buryo nta muhanda uzasigara udakoze.

    Mu Biryogo Kandi harimo haranashyirwa amatara kuri iyo mihanda ku buryo ibikorwa by’urugomo ndetse n’ubujura byakundaga kuhakorerwa amasaha akuze bitazongera ukundi.

    Mukangoga Aisha, atuye ahazwi nko kwa Nyiranuma, avuga ko bishimira ibikorwa by’iterambere barimo kwegerezwa kuko ntaho bazongera guhurira n’ivumbi.

    Ati “Amatara ataraza twari mu mwijima, nta hantu na hato wabonaga habona, ivumbi ryari ritwishe ku buryo igihe nk’iki cy’izuba twabaga turimo kumena amazi ariko ubu turi ahantu heza hakeye, turagenda mu mihanda myiza, turishimira iterambere batugejejeho”.

    Nta gace na kamwe ko mu Biryogo katarimo umuhanda
    Nta gace na kamwe ko mu Biryogo katarimo umuhanda

    Nzavugimana Damascène akorera ubucuruzi mu Biryogo akaba ari na ho atuye, avuga ko mu gihe cy’impeshyi ivumbi ryajyana mu bicuruzwa bye bikandura, gusa ngo ubu ibintu byose birimo biragenda neza.

    Ati “Urumva yuko tutazongera guhura n’iryo vumbi, nuzajya ahanyura mu gihe cy’impeshyi ntabwo azajya asanga ibintu byuzuyeho ivumbi ku buryo tugiye guca ukubiri na ryo”.

    Uretse kuba abatuye mu Biryogo bishimira ko muri uyu mwaka bibohoye ivumbi n’ibyondo, ariko kandi ngo babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi babuze kuva aho iyo mihanda yatangiye gukorerwa, ku buryo kuri ubu harimo abayabona batanze amafaranga 500 ku njerekani.

    N
    N’ubwo buri gace kagejejwemo umuhanda mu Biryogo ariko ngo bafite ikibazo cy’amazi

    Umutoni Nadia na we atuye mu Biryogo, avuga ko amazi bayabona bahenzwe kuko harimo abayakura mu Gitega, cyangwa mu Rwampara ku buryo uyabonera mace ijerekani imugeraho ihagaze amafaranga 300.

    Ati “Ijerekani imwe muri kino gihe cya covid-19 ntacyo yamara, ubwo rero ntushobora gukoresha amafaranga ari munsi ya 600 ku munsi ntuvuge ngo ntabwo urimo guhomba, n’ukuvuga ngo amazi ni ikibazo gikomeye kuko ubwiherero nta suku kubera kubura amazi, n’ibintu byo kurya cyangwa gukoresha mu rugo ntabwo biba bisukuye bihagije”.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Umutoni Nadine, avuga ko iriya gahunda yo gukora imihanda n’ubwo yatangiriye mu Biryogo ariko izakomereza no mu bindi bice by’Umujyi wa Kigali mu rwego rwo guca utujagari.

    Ati “Project y’Agatare twari twabonyemo inkunga ya Banki y’isi irimo kurangira, imirimo isigaye ni iya nyuma imihanda yakozwe n’iriya, ahubwo icyo umuntu yavuga ni uko iyi project ifite igice cya kabiri, izagenda igera no mu tundi duce tw’Umujyi wa Kigali. Muri Kicukiro harahari, muri Gasabo ndumva harimo Nyabisindu n’ahandi, ni ukuvuga ngo ni mu bice by’umujyi bigaragara ko bitubatse neza, aho twita mu tujagari bikaba ari mu buryo bwo kuhazamurira agaciro nk’uko byagenze mu Biryogo”.

    Imirimo yo gukora imihanda mu Biryogo ngo irimo kugera ku musozo
    Imirimo yo gukora imihanda mu Biryogo ngo irimo kugera ku musozo

    Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko ikibazo kijyanye n’amazi cyagaragaye bitewe n’imirimo yakozwe muri iriya mihanda, ariko hakaba hari uburyo babiganiriyeho n’ikigo gishinzwe gutanga amazi (WASAC), ku buryo mu gihe kitarambiranye abadafite amazi mu Biryogo aza kubageraho.


  • Abasore aho gutera ivi nibatere imitoma – Minisitiri Bamporiki #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Bamporiki Edouard
    Minisitiri Bamporiki Edouard

    Ni mu kigabiro aherutse kugirira ku Isibo TV, aho yagiye abazwa ibibazo binyuranye bijyanye n’umuco Nyarwanda, mu kubisobanura atanga urugero ku muhango wo gutera ivi, nk’umuco wadutse wifashishwa mu gusaba urukundo, ukorwa n’abasore bateganya kurushinga.

    Kuri we, gutera ivi usanga bikubiyemo ibintu byinshi bidasobanura urukundo nyarwo, aho ngo usanga hari abatera ivi, ariko nyuma y’igihe gito bigahinduka bakisubirira mu zindi ngeso zibakurura mu butane.

    Agira ati “Ubundi ugira icyo atinya ntiyatera ivi, yaryihorera rwose, kuko urumva iyo tubonye ivi twumva ko ibintu byarangiye, kandi birarenga n’uwateye ivi harashira iminsi mike ukabona batonze ku murenge bajya gusaba ubutane, nkibaza rya vi ko nta mezi abiri ashize bigenze bite, ukabona umusore yasubira muri bya bindi kandi ivi ryaratewe. Gusa ntihagire abantu banyumva nabi ngo ndamagana abatera ivi kuko nta politike ihari ibigenga, ni imico y’ahandi Abanyarwanda batiye”.

    Arongera ati “Ubirebye, njyewe ndi umukobwa nubaha umuhingu ntaryo yatera, yabyihorera kuko ririya vi turebye nabi ryasimbura umuranga, wakeka ko hari ibintu ririmo kuranga ariko si mbizi, uwabyihorera”.

    Uwo muyobozi abajijwe ku buzima bwe, icyo yasimbuje umuhango wo gutera ivi ubwo yiteguraga kurushinga yagize ati “Ibyo erega byadutse vuba, njye maze imyaka icumi ndongoye, ariko ukuntu nzi umugore wanjye n’uburyo tubana byamuvuna, ndamutse mbyadukanye byamubabaza, ubanza yabyamagana n’ivi ritaragerayo”.

    Yavuze ko gupfukamira umuntu ari ibitirano, bihabanye n’umuco nyarwanda w’ubwubahane hagati y’abanshakanye, atanga inama yo kuvuga imitoma aho gupfukama ngo bakabiharira Imana.

    Ati “Kubera ukuntu twubaha Imana turayipfukamira, gupfukamira umuntu by’ibitirano gusa, wenda abantu ni babisesengura bakajya babona impamvu umuntu bamupfukamira bizakorwe, ariko gutera imbabazi ugiye gushaka umugore tuzabyihorere dutere imitoma, abasore aho gutera ivi, ni batere imitoma”.

  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Jutta Urpilainen ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga muri EU – #rwanda #RwOT

    Ibi biganiro hagati ya Perezida Kagame na Jutta Urpilainen byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Kane, tariki ya 8 Nyakanga 2021.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihu bibinyujije kuri Twitter ni byo byemeje ko ibyo biganiro byabayeho ariko ntibyagaragaza ibyaganiriweho.

    This afternoon, President Kagame held a virtual meeting with @JuttaUrpilainen, EU Commissioner for International Partnerships, following up on the recent EU agreement to strengthen the @RwandaFDA, which will further attract investments in vaccine manufacturing in the country. pic.twitter.com/tWfB75EHbH

    — Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) July 8, 2021

    Ibyo biganiro bije nyuma y’uko ku wa 30 Kamena 2021 EU na Leta y’u Rwanda byasinyanye amasezerano afite agaciro ka miliyari 3,6 Frw zizifashishwa mu bikorwa byo guteza imbere ubukerarugendo n’urwego rw’ubuzima, by’umwihariko ibijyanye n’ishoramari ryo gutangiza gahunda yo gukorera inkingo mu gihugu.

    Byitezwe ko aya mafaranga azashyirwa mu rwego rw’ubuzima azifashishwa n’Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, RFDA, cyane cyane muri gahunda zigamije gukurura ishoramari ryo gukora inkingo.

    Uretse ibijyanye n’ishoramari ryo gukora inkingo, byitezwe ko RFDA izakoresha aya mafaranga mu kubaka laboratwari ifite ubushobozi buhambaye mu bijyanye no gupima imiti, ibintu bizafasha iki kigo kujya ku rugenwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima mu bijyanye no kugenzura ubuziranenge bw’inkingo n’imiti.

    Perezida Kagame ubwo yaganiraga na Komiseri ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Jutta Urpilainen

    Komiseri ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Jutta Urpilainen, ubwo yari mu biganiro na Perezida Kagame byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

    Amafoto: Village Urugwiro


  • U Rwanda rwahawe kwakira Inama y’Abahagarariye JCI ku rwego mpuzamahanga – #rwanda #RwOT

    Inama yatangarijwemo ko iyo nama izabera mu Rwanda yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, yabereye muri Jordanie.

    Yitabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’Umunyamabanga Mukuru wa JCI ku rwego rw’Isi, Kevin Hin; Umuyobozi wa JCI wungirije ushinzwe Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati, Harira Cissé; Umuyobozi wa JCI wungirije muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati ushinzwe Ibikorwa by’abanyamuryango ba JCI mu bihugu umunani birimo n’u Rwanda, Zandile Makhoba; Umuyobozi w’Ibiro Njyanama bishinzwe Iterambere rya JCI, Adeniyi Balogun; Umujyanama Mukuru wo muri Afurika no mu Burasirazuba ushinzwe ibihugu bivuga Igifaransa harimo n’u Rwanda, Basile Djossouvi; Umuyobozi ushinzwe Ibiro by’Iterambere bya JCI muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati, Tunji Oyeyemi n’abandi.

    Iyi nama yari igamije kurebera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’intego za 2021 no kurushaho kungurana ibitekerezo byo guteza imbere umuryango binyuze mu gufata ibyemezo bishya mu bikorwa biteganyijwe.

    Umwanzuro uri mu yari yitezwe na benshi ni uwo gutangaza igihugu kizakira inama ihuza abayobozi ba JCI muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati, iteganyijwe muri Mutarama 2021.

    Ni kenshi JCI Rwanda yasabye kwakira iyi nama kuva mu 2019, 2020 na 2021. Nyuma yo kugaragaza uko u Rwanda rwiteguye mu kwakira inama mpuzamahanga ya mbere y’abahagarariye JCI ku rwego rwa Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati izaba muri Mutarama 2022, Umuyobozi ushinzwe Imitegurire yayo muri JCI Rwanda, Architecte Nishimwe Luce Gloria, wayoboye JCI Rwanda mu 2019, yasobanuye impamvu zashingiweho ngo yakirirwe mu Rwagasabo.

    Mu byo yagaragaje harimo inararibonye igihugu gifite mu kwakira inama mpuzamahanga, umutekano n’ibikorwa remezo rufite, ibyiza birutatse, ubushake bw’abanyamuryango ba JCI Rwanda n’ubw’abafatanyabikorwa mu kuzakira neza abazitabira inama.

    Iyi nama izakorwa mu nsanganyamatsiko igira iti “Ensemble, Réinventons le Futur”, ‘‘Together, Let’s reinvent the future’’ bisobanuye mu Kinyarwanda ‘‘Twese hamwe twongere duhange ahazaza.’’

    Abitabiriye iyi nama bakimara kwemeza ko u Rwanda arirwo ruzayakira, Abanyarwanda bagaragaje ko bakozwe ku mutima kuko babitegereje imyaka myinshi kandi inzego zinyuranye zamaze kwemera ko zizabatera inkunga mu itegurwa ryayo.

    Yvan Gatoto wayoboye JCI Rwanda mu 2020 yagize ati “Twakiranye inkuru ibyishimo byinshi kandi tukaba tunashimira abafatanyabikorwa n’abanyamuryango ba JCI Rwanda ku bw’umurava twakoranye mu rugendo twatangiye guhera mu mwaka wa 2019.’’

    Umunyamabanga Mukuru wa JCI Rwanda, Mukamana Clémentine, yashimangiye ko iyo ntsinzi ari ingenzi kuri bo.

    Yagize ati “Twishimye cyane kuri iyi ntsinzi, bidutera imbaraga n’umwete wo kurushaho gukora neza cyane. Twiteguye kuzakira neza abazitabira inama.”

    Umunyamuryango wa JCI Rwanda, Kamariza Sandrine, na we yavuze ko yakiranye intsinzi babonye ubwuzu.

    Yagize ati “Njye nkimara kumva ko twegukanye intsinzi byandenze, ntangira kubyina, nyuma nkoma akaruru k’ibyishimo.”

    Umuyobozi wa JCI Rwanda, Igiraneza Origene, yabwiye IGIHE ko bageze ku ntsinzi bahoraga barota nyuma yo kwemererwa kwakira inama batangiye gusaba mu myaka itatu ishize.

    Yagize ati “Twabiharaniye igihe kitari gito none tubigezeho, turabitsindiye. Twizeye ko mu kurushaho kubahiriza ingamba zo guhashya icyorezo cya Covid-19 no gukorana n’ibigo bibishinzwe tuzabasha kwakira abashyitsi imbonankubone muri Mutarama 2022 i Kigali.’’

    Yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye barimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama, RCB, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Umujyi wa Kigali, PSF-Chamber, Africa Medicals Supplier, Ni-Architects, Sunday Park, Umuhanzi Cyusa Ibrahim n’abandi batanze ubufasha mu myiteguro y’iyi nama.

    Intumbero ya JCI Rwanda ni ugukomeza kwakira inama nini z’uyu muryango zirimo ihuza abanyamuryango bose ba JCI ku Isi yitabirwa n’abarenga 6.000.

    U Rwanda rwahawe kwakira Inama y’Abahagarariye JCI ku rwego mpuzamahanga

  • Mu Rwanda gukingira Covid-19 mu buryo bwa rusange birasubukurwa kuri uyu wa Gatanu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gukingira Covid-19 ni gahunda Dr Ngamije avuga ko izakomeza muri aya mezi atandatu asigaye y’umwaka wa 2021, ku buryo ukwezi k’Ukuboza kuzarangira habonetse inkingo zirenga miliyoni eshatu n’ibihumbi 500 zo mu bwoko bwa Pfizer.

    Dr Ngamije yabwiye RBA dukesha iyi nkuru ati “Twatangiye kubona zimwe muri izo nkingo (za Pfizer) mu cyumweru gishize, twarabyumvikanye n’Ikigo Pfizer kugira ngo zize vuba bishoboka, kugera mu kwezi kwa 12 tuzabona miliyoni eshatu n’ibihumbi 500”.

    Ministiri w’Ubuzima akomeza avuga ko hari n’amasezerano bagiranye n’Ikigo gikora inkingo za Johnson&Johnson, kikaba kigomba guha u Rwanda inkingo zirenga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 100.

    Dr Ngamije yakomeje avuga ko mu Rwanda hari ibimenyetso simusiga by’ubwoko bushya bwa Koronavirusi yihinduranyije yitwa Delta, aho abayirwaye ngo barimo kubabara umutwe ku buryo bukabije, bakavuga ko bananiwe cyane kandi guhumeka birimo kubagora.

    Avuga ko umubare w’abarimo kwandura hamwe n’abahitanwa n’iyi virusi nshya mu byumweru bine bishize ungana n’uw’abashoboraga kwandura no kwicwa na Covid-19 mu gihe kirenga amezi abiri.

    Gahunda yo gukingira Covid-19 mu buryo bwa rusange irasubukurwa kuri uyu wa gatanu mu bitaro bya Kibagabaga, Muhima na Masaka i Kigali, nyuma ikazakomereza mu Karere ka Rubavu ku wa Mbere tariki 12 Nyakanga 2021.

    Ni gahunda izajya ikorwa buri cyumweru hirya no hino mu gihugu uko inkingo zizajya ziboneka, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima. Kugeza ku wa Gatatu tariki 07 Nyakanga 2021 abari bamaze gukingirwa Covid-19 mu gihugu hose bararenga ibihumbi 390.

  • Ibimenyetso biragaragaza ko COVID-19 izwi nka Delta yageze mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Ngamije yasabye abantu kurushaho kwirinda
    Minisitiri Ngamije yasabye abantu kurushaho kwirinda

    Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yabitangaje ku mugoroba wo ku wa 08 Nyakanga 2021, ko virusi ya COVID-19 yo mu bwoko bwa Delta yagaragaye mu bipimo byafashwe abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda, kandi ko ari zo ngaruka zo kuba abantu benshi baranduye mu gihe gito kuko yandura mu buryo bwihuse.

    Minisitiri Ngamije avuga ko ibipimo biri gukorwa mu Rwanda n’amakuru atangwa n’abaganga bigaragaza ko abarwayi ba COVID-19 basigaye baza bafite ibimenyetso bidasanzwe ugereranyije n’abakirwaga mu bihe byabanje.

    Agira ati “Bamwe baza bakubwira ko bafite umutwe ukabije, bakakubwira ukuntu baba bananiwe cyane, ukuntu guhumeka bigoye ibyo ni ubwa mbere tubyumvise, bivuze ko ari bya bimenyetso by’ubukana bwa Covid-19 yihinduranyije buzwi nka Delta, ikindi ni uko ubwandu bwiyongereye mu gihe gito ku buryo abantu twabonaga mu mezi atatu twababonye gusa mu byumweru bine.”

    Yongeraho ko umuti w’agateganyo ari ukwirinda hakurikizwa amabwiriza asanzwe azwi mu gihe hagitegerewe ko inkingo ziboneka kuko umuntu wakingiwe bimufasha guhangana n’ubwandu bushya bwa COVID-19.

    Hagati aho abaturage bakomeje gusaba ko igihe hagaragaye umurwayi mu baturanyi be hashyirwaho uburyo bwo gupima abahuye na we bose n’abaturanye na we kugira ngo harebwe niba yaba atayikwirakwije.

    Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko hagiye gushyirwaho uburyo butandukanye bwo gupima kugeza ku rwego rw’utugari n’imidugudu, bityo abakekwaho kwandura COVID-19 bagasuzumwa kugira ngo hafatwe ingamba zo kubakurikirana.

    Hagati aho abarwayi benshi barwariye mu ngo zabo basabwa kuguma mu rugo kugira ngo badakwirakwiza ubwandu, inzego z’umutekano zikaba zikomeje gufatanya n’abaturage gukaza ingamba zo kwirinda.


  • Huye: Abakobwa babiri bacucuye umugabo bamusindishije – #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni umukobwa w’imyaka 24, uwa 21 n’umusore w’imyaka 27 bafashwe nyuma yo gucyekwaho kwiba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300.000 kuri telefoni umugabo w’imyaka 40.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko abo bantu bacyekwaho icyaha cy’ubujura Polisi yabafashe biturutse ku bufatanye n’abaturage.

    Ati“Tariki ya 24 Kamena [uwo mugabo] yagiye mu kabari kakoraga mu buryo butemewe kuko utubari tutemewe muri iki gihe cya COVID-19. Yasanzemo bariya bakobwa babiri basanzwe bagakoramo yaka inzoga zidasembuye ariko bo bamuha inzoga yitwa Bazooka Coffee bamubwira ko idasindisha akomeje kuyinywa aza gusinda.”

    SP Kanamugire akomeza avuga ko uwo mugabo amaze gusinda abakobwa bamusabye kwishyura ababwira ko amafaranga ari kuri telefoni mu gihe ari kubishyura umwe abona umubare w’ibanga batangira kumwiba amafaranga yari ariho.

    Ati “Yabanje kumwiba telefoni kuko yari yamaze kumenya umubare w’ibanga, yibyeho ibihumbi 50 Frw ahita aha wa mubare w’ibanga mugenzi we nawe akuraho ibihumbi 15 Frw.”

    Muri iryo joro haje umusore agiye kunywera muri ako kabari nawe ahabwa umubare w’ibanga. Yahise amwiba kuri iyo telefoni ibihumbi 160. Abakekwa bavuga ko amafaranga bavanye kuri telefoni ari ibihumbi 264.500 Frw mu gihe nyirayo we avuga ko hariho ibihumbi 300.”

    SP Kanamugire yavuze ko muri iryo joro yahise yimuka ajya kunywera mu kandi kabari.

    Nyuma mu gitondo tariki ya 25 Kamena uwo mugabo akimara kubona ko yibwe amafaranga ye yahise ajya gutanga amakuru kuri Polisi, ba bantu bamaze kumenya ko yabivuze bahita batoroka ariko Polisi ikomeza kubashakisha ifatanyije n’abaturage bafatwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Nyakanga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yaburiye abararikira iby’abandi bakabitwara bakoresheje uburyo ubwo aribwo bwose.

    Ati “Abantu bazi ko bashinzwe kwakira umuntu bakamuha serivisi nk’uko bikwiye bo bagahitamo no kumwambura ibye bibwira ko ahari uwo babikoreye atabimenya bashatse babicikaho burundu kuko ntibizabahira. Abantu bakwiye gukora bagashaka ibyabo mu mucyo batambuye cyangwa ngo bararikire iby’abandi.”

    Yanibukije kandi abantu ko amabwiriza yo kurwanya Covid-19 agomba kubahirizwa na buri wese harimo no kumenya ko utabari dufunze. Nzabarushimana akabari ke karafungwa acibwe n’amande kuko yarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.Ni mugihe aba batatu bafashwe bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Polisi ya Huye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Huye ku bufatanye n’abaturage bafashe abantu batatu bari bamaze ibyumweru bibiri bashakishwa bacyekwaho kwiba umuturage amafaranga nyuma yo kumusindisha.