Tag: featured

  • Croix Rouge yagobotse imiryango 190 yasenyewe n’ibiza i Kayonza – #rwanda #RwOT

    Abahawe amafaranga ni imiryango 190 yo mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, buri muryango wahawe ibihumbi 149 Frw na Croix Rouge y’u Rwanda kugira ngo basane inzu zabo zangiritse abandi bakore imishinga ibafasha mu kwiteza imbere.

    Nsangiza Ildephonse utuye mu Mudugudu wa Gahiza mu Kagari ka Mugera, yavuze ko bahuye n’ibiza bisenya inzu zabo n’imyaka bari barahinze irimo urutoki n’indi myinshi.

    Ati “ Kuri njye inzu nabagamo yarasenyutse, nari mbayeho mu buzima butari bwiza. Iyi nkunga nabonye rero ngiye kuyisanisha inzu yanjye nguremo amabati mashya kuburyo nongera kuba mu nzu ikomeye.”

    Nsangiza yashimiye Croix Rouge y’u Rwanda ku nkunga y’amafaranga bamuhaye, abizeza ko agiye gusana inzu ye ubutaha bakazasanga aba ahantu heza hadateye ipfunwe.

    Gatera Jean Bosco utuye mu Mudugudu wa Muhozi mu Kagari ka Mugera yavuze ko inzu ye yari yangiritse kongeraho umusarani n’imyaka ye myinshi.

    Ati “ Ubu ngiye kubanza nsane inzu yanjye, ntange ubwisungane mu kwivuza nibiba ngombwa nguremo n’itungo rigufi rizajya rimfasha kubona ifumbire.”

    Hari abatunze ibihumbi 100 bwa mbere mu buzima

    Karigirwa Fernabe w’imyaka 67 ubarizwa mu cyiciro cya kabiri cy’Ubudehe, yavuze ko ari ubwa mbere mu buzima bwe yakiriye amafaranga arenga ibihumbi 100.

    Yavuze ko ibiza byangije inzu ye n’imyaka yari yarahinze bituma abana be babaho nabi.

    Ati “Ni ubwa mbere ntunze amafaranga ibihumbi 100 mu buzima bwanjye amenshi nari narakiriye ni ibihumbi 100, ubundi ntunzwe no guhinga nkeza akaba aribyo nirira, none ubwo mpawe aya mafaranga ngiye gusana ibyangiritse nguremo n’ihene nini ikuze.”

    Mukandori Costasie utuye yavuze ko igice cy’inzu yabagamo cyatwawe n’umuyaga bituma inzu ye yangirika cyane mu buryo bugaragara, yavuze konawe ari ubwa mbere atunze ibihumbi 100 Frw.

    Ati “ Ni ubwa mbere nyatunze ubundi najyaga mu itsinda wenda tugafata nka 80 Frw none bwa mbere ntunze arenga ibihumbi 100 Frw. Ndayasanisha inzu yanjye, nubakire ubwiherero nanaguremo icyana cy’ingurube kizamfasha kwiteza imbere.”

    Umukozi w’Umurenge wa Mwiri ushinzwe imari n’ubutegetsi, Ndabazigiye Jean Damascène, yavuze ko muri Gicurasi 2021 iyi miryango aribwo yahuye n’ibiza bisenya inzu zabo abandi bibatera ubukene.

    Yashimiye Croix Rouge y’u Rwanda ku nkunga bahaye aba baturage, abizeza ko bagiye kubafasha gukoresha neza ayo mafaranga.

    Uhagaragariye Croix Rouge y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, Muhaweninama Jean D’Arc, yavuze ko nkuko basanzwe bunganira gahunda za Leta bahisemo gufasha aba baturage bagizwe n’imiryango 190 kongera kwiyubaka.

    Ati “ Twabahaye ubushobozi bungana n’amafaranga ibihumbi 149 Frw kugira ngo bazaguremo amabati yo gusana inzu zabo, ubwiherero n’ibikoni abandi banakore imishinga yo kwiteza imbere bongere biyubake nyuma yo gusenyerwa n’ibiza.”

    Yavuze ko inkunga yose yatanzwe ingana na miliyoni 24 Frw bakazakomeza kuba hafi aba baturage kimwe n’abandi bose bahura n’ibibazo bitandukanye hirya no hino mu gihugu.

    Croix Rouge y’u Rwanda ni umwe mu miryango yita kubababaye hirya no hino mu Rwanda. Ukunze kwita ku baturage bahuye n’ibiza, mu minsi ishize yateye inkunga imiryango myinshi yatewe ibihombo na COVID-19 buri muryango bakaba barawuhaye ibihumbi 180 Frw, ifasha kandi ibigo by’amashuri n’abandi bantu bahura n’ibiza.

    Akanyamuneza kari kose ku baturage bahawe ibihumbi 149 Frw yo gusana ibyangijwe n’ibiza

    Amafaranga bahawe basabwe kuyasanisha inzu zabo zangijwe n’ibiza

    Karigirwa Fernabe yavuze ko ari ubwa mbere atunze ibihumbi 100 Frw

    Uhangarariye Croix Rouge y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, Muhawenimana Jeanne d’Arc yavuze ko bazakomeza kwita ku bahura n’ibiza

  • Covid-19 ikomeje kuvuza ubuhuha mu Rwanda, Kigali mu mazi abira – #rwanda #RwOT

    Bamwe umutima watingiye kudiha ariko bakikomeza kuko byasaga nk’ibikiri mu murongo, bigifite igaruriro. Ibyo benshi bari biteze siko byagenze, kuko kuva ubwo imibare ntiyongeye kugabanuka, yarakomeje iriyongera ndetse nyuma y’iminsi itandatu gusa ku itariki 17 Kamena 2021 abarwayi barenze 400 ku munsi.

    Byakomeje uko, imibare iratumbagira nyuma y’iminsi ine gusa ku itariki 21 Kamena 2021 abarwayi baba 622 hapfa abantu 6.

    Ibi byahise byerekana ko amazi atakiri ya yandi, ko Covid-19 itangiye gukaza umurego mu Rwanda. Uhereye tariki 22 Kamena 2021 imibare yatangiye kurenga 800, umunsi wakuriye ku Itariki 23 Kamena handura 964 biba ubwa mbere habonetse umubare munini w’abarwayi ba Covid-19 mu Rwanda.

    Hagiye hafatwa ingamba zitandukanye ngo ibintu bisubire mu buryo ariko byaranze, kugeza ho kwandura kw’abantu basaga 800, gupfa kw’abasaga icumi bitangiye kumenyerwa, nubwo atari ibyo kumenyerwa.

    U Rwanda rwatangiye gushyirwa mu mutuku ku mapaji y’ibihugu bimwe na bimwe arangira abaturage byabyo aho bagomba kwitondera gutemberera muri ibi bihe.

    Nko kuva ku itariki ya 1 Nyakanga 2021 kugeza ubu Nyakanga nta munsi abarwayi ba Covid-19 barajya munsi ya 800, uretse ku itariki 7 gusa babaye 760.

    Uku kwiyongera kw’abandura kujyana n’umubare munini w’abaremba ndetse n’abahitanwa na Coronavirus. Ibintu biteye inkeke no kwibaza amaherezo y’iki cyorezo gishuka abantu ko kirangiye kikongera kikabyutsa umutwe.

    Bwa mbere mu mezi 14, impfu ziboneka ku munsi zaratumbagiye

    Kuva umuntu wa mbere yahitanwa na Covid-19 mu Rwanda tariki 2 Kamena 2020, kugeza mu ntangiriro za Mutarama 2021 abahitanwaga na Covid ku munsi bari umwe cyangwa babiri gusa. Amezi abiri ya mbere ya 2021 u Rwanda rwahuye n’inkubiri ya Kabiri ya Covid-19 abandura n’abapfa bariyongera ku rugero rudasanzwe.

    Kuva muri Werurwe kugeza mu ntangiriro za Kamena imibare y’abandura n’abapfa yari yarasubiye hasi ndetse benshi babyinira ku rukoma ko umwanzu bamukubise inshuro, barirara kuburyo kwambara agapfukamunwa cyangwa gukaraba intoki kuri bamwe byari ukurangiza umuhango kugira ngo badafatwa n’inzego z’umutekano.

    Nyakanga 2021 yaje idasanzwe, icyorezo cyakajije umurego ku buryo nko kuko guhera tariki ya 1 Nyakanga 2021 habaye ubwiyongere bukabije bw’abahitanwa na Covid-19 kuko ku munsi abapfa batangiye kurenga icumi.

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga nibwo bwa mbere hapfuye abantu benshi kuva Covid-19 yagera mu Rwanda kuko hapfuye 17 ku munsi. Byaherukaga tariki 7 Nyakanga.

    Mu minsi icumi gusa y’uku kwezi, kuva 1-9 Nyakanga 2021, Covid-19 imaze guhitana abantu 108 bose, umubare urenze abapfuye muri Kamena yapfuyemo abagera kuri 87, ari nako kwezi kwafatwaga nk’ukwihariye mu guhitana benshi mu Rwanda bahitanywe na Covid-19.

    Uku kwiyongera kw’abahitanwa na Covid-19 mu Rwanda ni ikigaragaza ubukana bw’iki cyorezo cyaje nka gatumwa nubwo hari benshi bagikerensa, ndetse bikerekana ko utazakitondera ashobora kuzandikwa mu mibare yabo cyahitanye umunsi Isi izaba ivuga amateka yacyo.

    Ubu abantu 551 nibo bamaze guhitanwa na Covid-19 mu Rwanda. Muri bo 195 bapfuye muri Kamena no kugeza ku itariki 10 Nyakanga.

    Ikigero cy’ubwandu kiri hejuru cyane

    Ubusanzwe ikigero cy’ubwandu kigaragazwa n’ijanisha ry’umubare w’abasanganwa indwara mu bipimo byafashwe. Ni ukuvuga ngo baramutse bapimye abantu 500 hakabonekamo abantu 50 banduye, ikigero cy’ubwandu cyaba kiri ku 10%.

    Mu Rwanda kugeza ubu igipimo cy’ubwandu bwa Covid-19 kigeze kuri 11.3%, umubare uri hejuru cyane kuko ugendeye ku kuntu Covid-19 yandura, iyo igipimo cy’ubwandu kirenze 10% biba byakomeye cyane ni nk’uko waba uri ahantu imvura iri kugwa ukajya kubona ukabona haje yayindi irimo umuyaga, amahindu n’inkuba.

    Iki gihe kwambara ikote no kwitwikira umutaka ntibiba bihagije, biba bisaba ko wugama ndetse ukambara n’imyenda myinshi ikurinda imbeho. Muri iki gihe kwirinda Covid-19 mu Rwanda byagakwiye kuba nk’uku, abantu bakayirinda bahangayitse aho gukirikiza amabwiriza bacengana n’inzego z’umutekano.

    Umubare w’abo Covid-19 ihitana ku munsi hashize igihe barenga icumi ku munsi, kimwe mu bigaragaza ubukana bw’icyorezo

    Uretse muri Kamena na Nyakanga ubwandu bwiyongereye, igihe u Rwanda rwaherukaga kugira Ikigero cy’ubwandu kiri hejuru ni ku itariki 26 Mutarama 2021, aho cyageze kuri 5.5%. Iki gihe ibice bimwe na bimwe by’igihugu byari bifite ubwandu bwinshi byashyizwe muri Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bw’abandura.

    Ubu noneho ikigero cy’ubwandu cyarenze 10%, byerekana ubukana bw’iki cyorezo mu Rwanda, ndetse kwirinda abantu batabigize ibyabo u Rwanda rwazisanga rutagifite ubushobozi bwo kwita ku barwayi, bishobora gutuma benshi babura ubuzima.

    Umubare w’ubwandu buboneka ku munsi uri hejuru kuruta ikindi gihe cyose

    Ubwandu buboneka ku munsi bwerekana urugero Covid-19 iriho mu gihugu. Imibare iri kugaragara muri iki gihe guhera tariki 22 Kamena 2021 kugeza uyu munsi irerekana ko mu Rwanda hari ubwandu bukabije bw’icyorezo cya Covid-19 butigeze bubaho kuva cyagera mu Rwanda.

    Mu nkubiri ya mbere ya Covid-19 u Rwanda rwagize hari Kanama 2020, ku munsi habonekaga abarwayi bari muri 200 ndetse ntiyatinze cyane kuko mu kwezi kwakurikiye imibare yatangiye kugabanuka cyane ku buryo mu Kwakira hari n’umunsi washiraga nta murwayi wa Covid-19 ubonetse.

    Mu nkubiri ya Kabiri yabaye muri Mutarama na Gashyantare 2021 imibare y’abandura ku munsi yari muri 200, rimwe ikaba muri 300 ndetse hari n’ubwo abanduye ku munsi babaye 574, gusa ubu ubwo u Rwanda ruri guhangana n’inkubiri ya Gatatu irenze izindi zose zabayeho kuko umubare w’abandura ku munsi urenze 850 ndetse hari n’ubwo ugera kuri 900.

    Kuva muri Kamena kugeza ku itariki 9 Nyakanga 2021 hamaze kwandura 19.874, bangana na 42% by’abamaze kwandura bose bangana na 46.837.

    Ubu bwiyongere buri guterwa ahanini na Covid-19 zihinduranyije zifite ubushobozi bwo kwandura ku rugero rwo hejuru ndetse iya Delta iherutse kugaragara mu Rwanda yandura ku rugero rwa 90% kuruta uko isanzwe yanduraga.

    Ubwoko bushya ubwabwo ni ikindi cyorezo

    Ubusanzwe inzobere zemeza ko virus iyo ariyo yose yihinduranya, ndetse ko nk’’iyi ya Covid-19 ishobora kwihinduranya inshuro zirenze 200 mu cyumweru.

    Ubwoko bushya bwa Covid-19 bwagaragaye bwa mbere mu Buhinde, Delta, nibwo bumaze kugaragaza ubukana buri hejuru cyane kuruta izindi virus za Corona zihinduranyije yaba Beta yabonetse mbere muri Afurika y’Epfo, Alpha yo mu Bwongereza ndetse na Gamma yabonetse mbere muri Bresil.

    Iyi virus yamaze kugera mu Rwanda yandura ku rugero rwo hejuru kuko niba umuntu urwaye Covid-19 isanzwe aba ashobora kwanduza abantu babiri cyangwa batatu, ufite Delta we aba ashobora kwanduza abantu umunani cyangwa icumi kubera ko yihinduranyije mu buryo budasanzwe.

    Uretse kuba ikwirakwira cyane, iyi virus ifite ibimenyetso bitandukanye n’ibya Coronavirus isanzwe, aho uyirwaye ababara umutwe bikabije, akababara mu muhogo ndetse akaba yanagira ibicurane bitandukanye n’iya mbere aho umuntu yakororaga, akagira umuriro, akabura icyanga ndetse ntanahumurirwe.

    Ikindi uwanduye Coronavirus isanzwe ashobora kumara iminsi iri hagati y’itanu n’itandatu ataragaragaza ibimenyetso ariko iyi ya Delta uwayanduye agaragaza ibimenyetso hashize iminsi ine ayanduye, bivuze ko uwayanduye ashobora kwanduza abantu barenze 30 mu minsi ine ya mbere ataragaragaza ibimenyetso.

    Kigali irageramiwe

    Umujyi wa Kigali ni hamwe mu hugarijwe mu Rwanda kuko mu minsi icumi gusa y’ukwezi kwa Nyakanga hamaze kwandura abantu 3202 mu bantu 8620 banduye muri icyo gihe.

    Muri Kamena ho abanya-Kigali banduye bangana 3.983, ni ukuvuga ko kuva inkubiri ya Gatatu ya Coronavirus yatangira mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena, Umujyi wa Kigali wonyine umaze kwanduramo abasaga 7000 barenga kimwe cya Gatatu cy’abamaze kwandura bose kuva Kamena yatangira kugeza ubu.

    Uyu mubare munini w’abandura uterwa n’urujya n’uruza rw’abahatuye, ubucuruzi buhakorerwa ndetse n’abaturage benshi batuye mu duce turimo ubucucike bwinshi, bikaba ariyo mpamvu Umujyi wa Kigali n’utundu Turere tumwe na tumwe mu gihugu dufite amabwiriza yihariye ajyanye no kurinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Abantu 47.667 nibo bamaze kwandura Covid-19 mu Rwanda mu gihe abamaze gukira ari 32.006. Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa abaturage bagera ku 394.067 bangana na 2.9% by’abaturage bose ubariyemo n’abana bari munsi y’imyaka 16 bateremerwa guhabwa urukingo rwa Coronavirus.

    U Rwanda rufite intego yo gukingira abaturage bangana na 60% by’abaturarwanda bitarenze 22, ndetse hari amasezerano u Rwanda rwagiranye n’ibigo bikora inkingo ku buryo hari icyizere ko umwaka wa 2022 uzarangira hamaze gukingirwa benshi.

    Ubukana bwa Covid-19 bukomeje gufata indi ntera mu Rwanda

  • Zatangiye kujya mu birindiro: Perezida Nyusi yahaye ikaze Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Kuwa 9 Nyakanga 2021 nibwo u Rwanda rwatangiye gahunda yo kohereza muri Mozambique abasirikare n’abapolisi 1000. Icyiciro cya kabiri cyahagurutse ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu.

    Aba basirikare n’abapolisi bagiye mu butumwa bwo guhashya umutwe w’iterabwoba wiyise Al Shabab, umaze imyaka irenga itatu ukora ibikorwa byo guhohotera abaturage ndetse abenshi ukanabica ubakase imitwe.

    Perezida Nyusi yavuze ko izi Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bamaze kugera muri Mozambique, aho ngo bari gukorera mu gace ka Mueda.

    Yavuze ko Mozambique ariyo yasabye u Rwanda ubufasha. Ati “Ukuza kw’abasirikare b’u Rwanda kwateguwe n’abanyamuryango ba SADC. Twasabye ubufasha inshuti yacu y’u Rwanda, kandi batangiye kuhagera (abasirikare n’abapolisi). Twizeye ko Abanyarwanda bazakorana neza n’urubyiruko rwacu.”

    Perezida Nyusi yakomeje avuga ko igihugu cye kitigeze cyanga umusanzu w’amahanga mu kugarura amahoro muri iyi ntara nk’uko byakunze kumvikana.

    Ati “Guverinoma ntiyigeze yanga umusanzu w’amahanga mu kurwanya iterabwoba. Icyabaye ni uko twari tucyitegura kwakira uwo musanzu.”

    Icyemezo cyo kohereza Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda muri Mozambique cyafashwe nyuma y’ibiganiro Abakuru b’Ibihugu byombi bagiranye muri Mata 2021 ubwo Perezida Nyusi yagiriraga uruzinduko i Kigali.

    Zatangiye kugera mu birindiro

    Mu kiganiro Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Claude Nikobisanzwe yagiranye na Radio Rwanda mu ijoro ryo ku wa 10 Nyakanga 2021, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda zageze muri iki gihugu, ko ndetse zanatangiye kugera mu birindiro muri iyi Ntara ya Cabo Delgado.

    Ati “Ingabo z’u Rwanda kimwe n’abapolisi bahageze bahise bajya mu gace bagomba kuba barimo ariko k’Intara yitwa Cabo Delgado. Ni intara iri mu Majyaruguru ugana kuri Tanzania. Ubu Abanyarwanda bahageze, Ingabo zahageze zatangiye kujya mu birindiro.”

    Yakomeje avuga ko abaturage ba Mozambique bakiriye neza kuza kw’Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda kandi yemeza ko bababona nk’abagiye gukemura ikibazo cy’umutekano muke cyari kimaze imyaka irenga itatu muri iriya ntara.

    Ati “Abaturage ba Mozambique babyakiriye neza. Nahoze ndeba n’abanyamakuru bahamagara n’abantu b’inararibonye basobanura uko babona ikibazo kigiye kugenda wabonaga bose babyakiriye neza.

    Ibintu byose bahurizagaho bavugaga ko babona ibintu bigiye guhinduka, ni nko kuvuga ngo ishyamba si rya rindi turabona ko noneho ikibazo kigiye kuvugutirwa umuti.”

    Ambasaderi Nikobisanzwe yavuze ko umubano w’u Rwanda na Mozambique wifashe neza, ari nayo mpamvu iki gihugu cyarusabye ubufasha.

    Ati “Umubano w’u Rwanda na Mozambique umaze kugera ku ntera ishimishije kubera ko buriya iyo igihugu kigeze aho kikakwitabaza kiti ngwino udufashe guhangana n’ikibazo gikomeye nk’iki, umubano uba uri gukura.”

    “Ubundi umubano wacu ushingiye ku bintu byinshi. Muribuka ko twasinye amasezerano menshi y’ubufatanye mu 2018, nyuma twakomeje kwagura umubano tureba ibintu byinshi twafatanya byaba mu bukungu korohereza ishoramari no gufatanya mu bintu bitandukanye.”

    Kuba u Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi muri Mozambique byashimwe kandi n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho Perezida wa Komisiyo yawo, Moussa Faki Mahamat abinyujije kuri Twitter yavuze ko ari igikorwa cyerekena ukunga ubumwe hagati y’Abanyafurika.

    Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo hahaguruka icyiciro cya kabiri cy’Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda, Umuvugizi wa RDF, Col Ronald Rwivanga yavuze ko mu butumwa aba basirikare bagiye bafite inshingano zitandukanye zirimo no kurwana igihe bibaye ngombwa.

    Ati “Akazi turi bukore ni akazi dusanzwe dukora, harimo kurwana bibaye ngombwa, ariko no kubaka ubushobozi. Ntabwo tugiye kurwana gusa hari n’ibindi bikorwa birimo kubaka ubushobozi binyuze mu mahugurwa, nabyo biri mu nshingano zacu.”

    Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bagiye muri Mozambique mbere ho icyumweru ngo hagere iz’umuryango w’ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) zo zitezweho kuhagera kuwa 15 Nyakanga 2021.

    Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi yahaye abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda umukoro wo gukorana neza n’urubyiruko rwo muri iki gihugu

    Ingabo z’u Rwanda zatangiye ibikorwa byo gucunga umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado

    Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda basabwe gukorana neza n’urubyiruko rwo muri Mozambique

  • Ngororero: Polisi yafashe abantu bari mu modoka bajya i Kigali batabyemerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafatiwe muri iyo modoka berekeza i Kigali batabifitiye uruhushya
    Abafatiwe muri iyo modoka berekeza i Kigali batabifitiye uruhushya

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, avuga ko umushoferi w’imodoka yari yahawe uruhushya “mouvement clearence”, iva i Kigali ajya i Rusizi ku bitaro bya Gihundwe kureba umubyeyi we uharwariye. Asubira i Kigali, yapakiye abantu mu modoka ye batari babisabiye uburenganzira abaca amafaranga abavana Rusizi abajyana i Kigali Imodoka ayigira taxi, kuko yabaciye buri muntu amafaranga 25000Frw.

    Polisi ivuga ko Hamis yafashwe ku mugoroba tariki 9 Nyakanga 2021 ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba.

    Imodoka bari barimo
    Imodoka bari barimo

    Abafatiwe mu modoka barimo Asmani Jean de Dieu, Karemera James, Mwanankesa Mwanza na
    Rugabirwa Rugama.

    Polisi ivuga ko abo bari mu modoka baciwe amande y’ibihumbi icumi na Ngali 10,000 buri Muntu yo kutubahiriza amabwiriza ya Covid-19.

  • Burera: Croix Rouge y’u Rwanda yashyikirije inkunga imiryango yashegeshwe n’ibiza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amafaranga yashyikirijwe abo baturage hakoreshejwe uburyo bw
    Amafaranga yashyikirijwe abo baturage hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, binyuze mu buryo bwo guhererekanya amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga (Mobile Money), hagamijwe kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Ni amafaranga agenewe kugura ibiribwa, ibikoresho byo mu rugo, gusana inzu zangijwe n’ibiza no kubaka ubwiherero.

    Félécien Nyamarembo wo mu Murenge wa Rugarama, n’akanyamuneza kenshi yatewe n’ubutumwa bugufi yari amaze kubona kuri telefoni ye, bugaragaza ko yakiriye amafaranga 109.500 y’u Rwanda, yagaragaje uburyo ayo mafaranga agiye kumukura mu bwigunge.

    Ati “Kuva muri Gicurasi 2021 kugeza ubu nari ngihanganye n’ubwigunge, bitewe n’ibiza byaduteye, bigakukumba ibiribwa nari narahunitse ndetse n’udukoresho twose two mu nzu nifashishaga, nta na kimwe nasigaranye cyo kubara inkuru. Ubu ntewe akanyamuneza n’uko aya mafaranga mpawe, agiye kumfasha kwisanasana, mpahe ibyo kurya n’ibyo bikoresho twaburaga mu rugo. Mbese ubuzima bugiye kongera kwisubiranya”.

    Abahawe ayo mafaranga banejejwe n
    Abahawe ayo mafaranga banejejwe n’uko bagiye kuyifashisha bikura mu bukene bakururiwe n’ibiza

    Undi mukecuru witwa Kanyundo Bernadette yagize ati “Urebye ubuzima bwari bubi cyane, tutakigira isahani, isafuriya n’utwambaro, kubera ko ibiza byabitembanye. Nta hantu ho kurambika umusaya hafatika nari ngifite, kubera ko ibyo biza byaje bikampekura inzu yanjye ikangirika bikomeye”.

    Arongera ati “Amafaranga mpawe ndayikenuza muri ibyo bintu byose twari dukennye mu rugo, kandi mbonereho n’ubushobozi bwo gusana inzu yanjye”.

    Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 35, ni yo Umuryango utabara imbabare, Corix Rouge y’u Rwanda, washyikirije iyo miryango 310 ibarizwa mu Mirenge ine yo mu Karere ka Burera, aho yahawe amafaranga ari hagati ya 109.500 n’amafaranga 145.000 izifashisha mu kugura ibiribwa, ibikoresho by’ibanze byo mu rugo, gusana inzu no kubaka ubwiherero.

    Uwari ukeneye kugira ayo abikuza yahabwaga serivisi ngo bimufashe kwikenura
    Uwari ukeneye kugira ayo abikuza yahabwaga serivisi ngo bimufashe kwikenura

    Umuhuzabikorwa wa Croix Rouge mu turere twa Musanze na Burera, Mukabarisa Félicitée, yavuze ko ikigamijwe ari ukugira ngo iyo miryango bayitere ingabo mu bitugu, kugira ngo irusheho kwiyubaka.

    Yagize ati “Twifuza ko bongera kwiyubaka mu buryo bwo kubona ibikoresho, ibiribwa no gukemura ibindi bibazo bafite aho baba, twatekereje kubashyikiriza ubwo bufasha binyuze mu kubaha amafaranga, ngo buri wese yigurire ibyo akeneye, kuko ari we uzi neza iby’ingenzi kandi byihutirwa abura, akurikije uko urugo rwe ruhagaze”.

    Yongera ati “Gukoresha ikoranabuhanga tuboherereza ayo mafaranga ku matelefoni yabo ngendanwa, twahisemo ubwo buryo kuko bwizewe, kubarinda kuyasesagura no kugabanya ibyago byo gukwirakwiza Covid-19”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera, Frank Ibingira, wari uhagarariye ako karere muri icyo gikorwa, yavuze ko n’ubwo hari ibyagiye bikorwa mu gusana no gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza, kugeza ubu hakiri imiryango igikeneye kunganirwa ngo biyifashe kwiyubaka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera, Frank Ibingira, yavuze ko abayashyikirijwe bazarushaho kubaba hafi

    Akaba ari ho ahera ashimangira ko bagiye kuba hafi y’abahawe ubu bufasha, kugira ngo icyo babuherewe kizagerweho.

    Ati “Icyo twibutsa abaturage bahawe amafaranga ni uko bayahawe afite ibyo agenewe. Niba ari agenewe gutunganya inzu, kugura ibikoresho cyangwa ibiribwa, bamenye ko ari cyo bakwiye kuyakoresha”.

    Arongera ati “Icyo tugiye gukora ni ugukurikirana ko iyo miryango itayayamo, ahubwo ko irimo kuyakoresha ibibafitiye akamaro, bikure mu bukene bakururiwe n’ibiza, turashimira Croix Rouge nk’abafatanyabikorwa b’akarere kacu, kuba yaritaye kuri gahunda nk’izi zigamije gufasha abahuye n’ibiza”.


  • Argentine yatsinze Brazil yegukana igikombe nyuma y’imyaka 28 (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku i Saa munani mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru habaye umukino w’igikombe gihuza amakipe yo ku mugabane wa Amerika y’Epfo, aho abakeba Argentine na Brazil bari bahuriye ku mukino wa nyuma.

    Ku munota wa 22 gusa w’umukino, ikipe ya Argentine yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Angel Di Maria, ni nyuma y’umupira muremure yari ahawe na Rodrigo De Paul, arawufunga neza ahita awurenza umunyezamu Ederson Moraes usanzwe afatira Manchester City.

    Mu mukino wari urimo ishyaka ryinshi, amakipe yombi yakomeje guhatana, ariko mu minota yongeweho nyuma yo gusoza iminota 90, irangira Brazil ya Neymar itabashije kubona igitego cyo kwishyura.

    Ikipe y’igihugu ya Argentine yaherukaga kwegukana igikombe icyo ari cyo cyose ku ikipe nkuru mu mwaka wa 1993 ubwo begukanaga igikombe nk’iki cya Copa America, bivuze ko hari hashize imyaka 28.

    Uko abakinnyi bahawe ibihembo by’uko bitwaye muri iri rushanwa

    Umukinnyi mwiza w’irushanwa: Lionnel Messi/Argentine na Neymar/Brazil
    Uwatsinze ibitego byinshi: Lionnel Messi/Argentine
    Umunyezamu w’irushanwa: Lautaro Martinez/Argentine

    Messi yanahembwe nk
    Messi yanahembwe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa

    Abakinnyi babanje mu kibuga

    Argentina: E Martinez; Montiel, Romero, Otamendi, Acuna; De Paul, Paredes, Lo Celso; Di Maria, Messi, L Martinez

    Brazil: Ederson; Danilo, Marquinhos, Thiago Silva, Renan Lodi; Casemiro, Fred, Paqueta; Richarlison, Neymar, Everton

    Messi na Neymar nyuma y'umukino

    Messi na Neymar nyuma y’umukino

  • Umurenge wo muri Nyamagabe wabaye uwa mbere wamaze kwishyura mituweli ya 2021/22 – #rwanda #RwOT

    Uwo murenge ni wo wabaye uwa mbere mu gihugu mu kurangiza kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza hakiri kare.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi, Kimonyo Innocent, yabwiye IGIHE ko uburyo bakoresha kugira ngo barangize kwishyura hakiri kare ari ugukora ubukangurambaga no kwibutsa abaturage ko bishyura buhoro buhoro binyuze mu bimina bijyanye n’ubushobozi bwa buri wese.

    Ati “Twarangije kwishyura 100% tariki ya 7 Nyakanga 2021. Uburyo dukoresha mbere na mbere ni ugukorera hamwe mu bimina n’amatsinda ndetse n’amasibo abaturage bagatangira gutanga amafaranga make uko bifite hakiri kare.”

    “Ikindi ni ukumenya umuntu ufite ubushobozi bukeya udashobora kwishyurira mituweli icyarimwe, agatangira kwizigama hakiri kare.”

    Yakomeje avuga ko ikindi gituma barangiza kwishyura mbere ari uko abaturage bo mu Murenge wa Kansi bigishijwe basobanukirwa neza ibyiza bya mituweli.
    Ati “Abaturage bo mu Murenge wa Kansi ntabwo bakize kurusha abandi, ahubwo ni uko bamaze gusobanukirwa ibyiza bya mituweli kuko ibafasha kwivuza neza badahenzwe kandi ntihagire n’umwe urembera mu rugo.”

    Umurenge wa Kansi utuwe n’abaturage 21307 batuye mu midugudu 29 ibarizwa mu tugari tune.

    Umuturage wo mu Mudugudu wa Nyamure, Bizimana Joseph, avuga yishyurira abantu batandatu bagize umuryango we kandi yamaze kumenya ibyiza by’ubwisungane mu kwivuza ari yo mpamvu yihutira kwishyura hakiri kare.

    Ati “Mituweli ni nziza kuko iyo umuntu arwaye yivuza neza bitamuhenze. Twebwe mu kimina cyacu dukoreramo turi abantu 30 ku buryo n’utayafite tumugiriza ariko twese tukabanza kwishyura mituweli tugashinganisha ubuzima bwacu.”

    Umuyobozi w’Umudugudu wa Nyamure mu Murenge wa Kansi, Barihuta Jean Mari Vianney, yabwiye IGIHE ko muri Mata 2021 abaturage bose bagize umudugudu we bari barangije gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

    Ati “Abaturage bacu bamaze kumva ko mituweli atari umuhigo ahubwo ari inshingano. Batangira kwizigama hakiri kare kugira ngo bishyure noneho bajye mu bindi bikorwa by’iterambere bazi neza ko ubuzima bwabo bufite ubwishingizi.”

    Kugeza ubu Akarere ka Gisagara Umurenge wa Kansi ubarizwamo ni ko kari imbere y’utundi mu gihugu mu kwitabira kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, kageza kuri 75.6%

    Akarere kaza ku mwanya wa kabiri ni aka Nyaruguru ku ijanisha rya 72.4 naho aka gatatu ni Ruhango kuri 66.6%. Nyarugenge ni yo iri inyuma y’utundi turere na 25.2% ikabanziririzwa na Kicukiro igeza kuri 25.3%.

    Ubwo hatangizwaga umwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2021/22 Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda, Rwanda Social Security Board (RSSB) cyawutangirije ku mugaragaro mu Karere ka Gisagara mu rwego rwo kugashimira ko kaje ku isonga imbere y’uturere twose mu kugira abaturage bitabiriye kuwutanga ku kigero cya 100% mu mwaka ushize wa 2020/21.

    Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis, yavuze ko baje gushimira Akarere ka Gisagara imiyoborere myiza kimakaje yo gukangurira abaturage gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bakabyumva neza, kugatera umurava no kugira ngo utundi turere tugafatireho urugero rwiza.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Nyirarukundo Ignatienne, yashimye Akarere ka Gisagara uburyo gakomeje kwimakaza imiyoborere myiza no kuba kari imbere y’utundi mu kubahiriza gahunda nziza za Leta by’umwihariko mu kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kare.

    Yasabye utundi turere kwigisha abaturage no kubasobanurira ibyiza by’ubwisungane no kwivuza kugira bitabire gutanga umusanzu ku bushake bwabo kandi babikunze ntawe uhutajwe.

    Mu 2019/20 umurenge wa Kansi wagize umudugudu wa Kaburanjwiri wahize indi mu kuba icyitegererezo mu Ntara y’Amajyepfo kubera ibikorwa by’indashyikirwa biwuranga kandi uka utarangwamo icyaha.

    Abayobora imidugudu yo mu Murenge wa Kansi bavuga ko biyemeje kuba ku isonga mu byiza

    [email protected]


  • Rusororo: Umugabo yiciye mu nzira umugore we abana bareba – #rwanda #RwOT

    Ku wa Kane, tariki ya 8 Nyakanga 2021, ni bwo uyu mugabo yateye umugore we icyuma ahita ashiramo umwuka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo, Nsabimana Matabishi Désiré, yabwiye IGIHE ko ubu bwicanyi bwatewe n’amakimbirane yo mu ngo anashimangira ko uwo mugabo yishe umugore we abana babo bareba.

    Ati “Ni byo yaramwishe amwicira mu nzira utwana twabo tubiri bari kumwe tureba.”

    Yakomeje avuga ko nyuma yo kwica umugore we, uyu mugabo yahise acika, anashimangira ko inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano zatangiye igikorwa cyo kumushakisha.

    Yaboneyeho gusaba abantu kumva uburemere n’agaciro k’ikiremwamuntu no kujya bamenyesha ubuyobozi ibibazo bafitenye aho kwicana.

    Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Polisi ku Kacyiru mu gihe abana be bo bari mu nshuti z’umuryango wabo.


  • Rusizi: Abambuwe mu bimina bitabaje Minisitiri w’Intebe – #rwanda #RwOT

    Muri iyi baruwa aba baturage bagaragazamo ko kuva muri Werurwe 2021 ari bwo mu Karere ka Rusizi hadutse ibi bimina uko ari bibiri.

    Bagaragazamo ko aba bantu babashishikarizaga kujya muri ibi bimina bababwira ko byemewe mu Karere kandi ko bigamije kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19 ndetse ko hari inkunga yaturutse muri Diaspora izabafasha kuzahura ubukungu bwabo.

    Bemeza ko nyuma baje kumenya ko babashukaga ahubwo byari ubwambuzi bushukana nyuma yo kuvumbura ko abenshi muri bo biyandikishaga muri icyo kimina bahinduye amazina, bihutira kubasaba amafaranga yabo barayabima ahubwo bahita batangira kwihisha ku buryo hari n’abahunze ingo zabo.

    Uwitwa Mukarurangwa Adelphine yabwiye IGIHE ko bifuza ko basubizwa amafaranga yabo mu nzira nziza.

    Ati “Badusubize amafaranga yacu, twe bagiye badushuka ngo hari n’inkunga, ngo ibyo bimina bigamije kudufasha kubera ko Covid-19 yari yazahaje ubukungu bwacu kuko twabonaga ari abantu bakomeye tubazi turabizera none ubu bari gusiragira bataye ingo zabo. Kuki se batayadusubiza bakareka gukomeza kwihishahisha?.”

    Yongeyeho ko hari umuntu wo mu muryango wa Meya wa Rusizi n’uwahoze akuriye imwe muri banki zikorera mu Ntara y’Iburengerazuba bamaze gutabwa muri yombi anasaba ko n’abandi bagize uruhare mu kwiba amafaranga yabo na bo bafatwa.

    Meya w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem, na we yabwiye IGIHE ko iki kibazo akizi anashimangira ko hari abamaze gutabwa muri yombi n’ubwo yirinze kuvuga umubare wabo.

    Ati “ Ni byo koko byarabaye, ngira ngo ni nk’icyorezo cyateye mu gihugu hose kigera n’i Rusizi, abantu babijyamo hanyuma nyuma y’aho ubuyobozi tumaze kubimenya turabihagarika. Gusa, haje nyine kugaragara abantu bari bataragerwaho ngo basubizwe amafaranga yabo ari byo tubona uyu munsi ariko twagiye tubikurikirana ku buryo inzego z’ubugenzacyaha zatangiye kugikurikirana.”

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, aherutse kubwira IGIHE ko abantu kwirinda kujya muri ibi bimina kuko bihombya.

    Ati “Hari abantu bakibijyamo, turasaba abantu kugira amakenga, bakava muri ibi bintu, bihombya benshi kurusha uko byungura bamwe. Ni amafaranga y’abantu benshi yinjira mu mifuka y’intsinda ry’abantu bake, abantu bari bakwiriye kubyitondera.”

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi bandikiye Minisitiri w’Intebe bamusaba kubishyuriza asaga miliyoni 18 Frw bambuwe mu bimina