Tag: featured

  • Abarenga ibihumbi 22 bayihashyemo ubumenyi:Intambwe yatewe n’Intara y’Amajyaruguru mu by’amashuri makuru na kaminuza – #rwanda #RwOT

    Mbere y’umwaka wa 1994 ahari Intara y’Amajyaruguru y’ubu, niho hahoze ari igice kinini cya Perefegitura ya Ruhengeri, icya Byumba n’ikindi cyabarirwaga kuri Kigali Ngari mbere y’ivugurura ry’inzego z’imitegekere yatangiye muri 2006.

    Muri iyi Ntara yose, hahozemo gusa Kaminuza y’Ubuhinzi n’Ubworozi ya Busogo (Isae Busogo), Ishami rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda rya Nyakinama ryigishaga indimi na Seminari Nkuru ya Rutongo.

    Nyuma ya Jenoside ni bwo amashuri makuru na kaminuza ziganjemo iz’abikorera zatangiye kujya zishingwa byongera umubare w’abagera kuri ubu burezi muri iyi Ntara. Ntabwo zavukiye rimwe ariko hafi ya zose zashinzwe mu myaka yo kuva mu 2000 kuzamura.

    Kugeza ubu mu Ntara y’Amajyaruguru habarirwa amashuri makuru na kaminuza 13 zimaze gushyira ku isoko ry’umurimo abarenga ibihumbi 22 bayarangijemo. Abenshi bari mu mirimo itandukanye bikorera cyangwa bakorera abandi.

    Aya mashuri arimo Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba UTAB yo muri Gicumbi, Kaminuza y’u Rwanda yigisha Ubuvuzi bw’amatungo, Ishami rya Busogo, CAVEM n’Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, Ines Ruhengeri.

    Hari kandi Rwanda Polytechic, Ishami rya Musanze, Kaminuza ya Kigali, Ishami rya Musanze na Muhabura Integrated Polytechnic College.

    Hari na none University of Grobal Health Equity (UGH), iri i Butaro muri Burera, Ishuri Rikuru ry’Abaforomo n’Ababyaza rya Ruli muri Gakenke, Seminari Nkuru ya Rutongo, Rwanda Polytechnic i Tumba na Rutongo Mining College yo muri Rulindo.

    Hari n’atanga ubumenyi mu bya Gisirikare n’Igipolisi

    Uretse amashuri atanga ubumenyi busanzwe Intara y’Amajyaruguru iragenda iba igicumbi mu bijyanye n’ubumenyi mu by’umutekano kuko ifite ishuri rya Gisirikare n’iry’Igipoligi kandi atangirwamo ubumenyi buri ku rwego mpuzamahanga.

    Muri Nyakanga 2012, Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yafunguye ku mugaragaro Ishuri Rikuru rya Gisirikare [Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC)] riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru.

    Umuyobozi Mukuru wa RDFCSC, Brig Gen Ndahiro Didas, yavuze ko ryafunguwe hagamijwe kubaka igisirikare cy’umwuga.

    Ati “Mbere y’uko iri shuri ribaho, abantu bakoraga amahugurwa kuri urwo rwego bagombaga kujya hanze y’igihugu, urumva ko icya mbere birahenze, imibare y’abajyayo ni mike, ikindi ibyo bigayo biga bakurikije imiterere y’icyo gihugu. Ntabwo rero kubera izo mpamvu byari gukomeza gutyo.”

    Hashize kandi imyaka umunani Perezida Kagame afunguye Ishuri Rikuru rya Polisi RNPC na ryo riherereye mu Mujyi wa Musanze.

    Benshi mu bapolisi bakuru b’u Rwanda, abayobora inzego zitandukanye za Polisi y’Igihugu barinyuzemo. Ni cyo kimwe n’abajya mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro na bo akenshi barinyuramo bagahabwa amasomo yihariye.

    Usibye amasomo ajyana n’umwuga w’Igipolisi, iri shuri kandi ritanga impamyabumenyi za Kaminuza ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda, ku buryo Umupolisi uryigamo usibye ubumenyi mu by’umwuga, asoza afite n’impamyabumenyi yemewe kugeza ku cyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters).

    Zimwe mu nyubako zigezweho zubatswe na Ines Ruhengeri

    Uyu munsi bibarwa ko nibura abanyeshuri baturutse mu bihugu 22 bya Afurika bagannye iri shuri bagahabwa amasomo yo ku rwego rwo hejuru mu by’imiyoborere.

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, ashimira abantu bose bagize uruhare mu gushyigikira uburezi by’umwihariko bakazirikana ko igihugu gikeneye abaminuje bityo bakagira uruhare mu guteza imbere iyi Ntara mu buryo bufatika.

    Yagize ati ” Mbere ya byose tugomba kubanza gushimira abantu bose bagize uruhare mu gushyigikira uburezi mu mashuri makuru na kaminuza kuko bazirikanye ko igihugu gikeneye abantu bize. Turashima kandi ubuyobozi bukuru burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame barebye kure bakorohereza Abanyarwanda mu kubona uburezi hafi. Mbere wasangaga hari umubare munini w’abifuza kwiga ngo baminuze ariko bikabahenda cyane kuko bajyaga mu mahanga, bagata akazi bakoraga, bakajya guteza imbere ahandi ndetse abenshi barabirekaga kubera ukuntu byabahendaga.”

    “Aya mashuri n’abayarangijemo batanze umusanzu ukomeye mu buzima bwose bw’iyi Ntara, kuko abakozi benshi dufite bazizemo, abandi bazikoramo, mu bijyanye n’amabanki ubasangamo, mu bukerarugendo barimo, ibikorwa by’ubwubatsi, ubuvuzi, inganda hose barahari ndetse no mu buhinzi n’ubworozi bukorwa na benshi muri iyi Ntara barimo.”

    Yakomeje avuga ko bazakomeza gushyigikira uburezi bufite ireme kuko iri inkingi mwikorezi mu iterambere ry’umuryango mugari.

    Abayashinze n’abayayobora bishimira urwego agezeho

    Bamwe mu bashoye imari n’abayobozi b’amashuri makuru na kaminuza byo muri iyi Ntara, na bo bemeza badashidikanya ko muri uru rugendo hakozwe byinshi mu burezi ndetse bikayiteza imbere.

    Umuyobozi wa Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba UTAB, Dr Ndahayo Fidèle we yemeza ko nubwo hakiri urugendo mu burezi, ibyagezweho byinshi bishingiye kuri izi mpunduka n’umusanzu w’amashuri makuru na Kaminuza.

    Yagize ati “Twari dufite intego yo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi bukorwa na benshi muri iyi Ntara, abo twigishije ni usanga babukora ndetse bagafasha n’abaturage mu buhinzi bwabo n’ubworozi bibanda ku ikoranabuhanga kuko muri iki gihe usanga iyo iyi mirimo ikozwe neza itanga umusaruro ku bayikora n’ubukungu bw’igihugu bukiyongera. Iyo ugiye mu bikorwa n’imirimo inyuranye haba mu buyobozi, mu mishinga yindi usanga umusanzu w’amashuri makuru na za kaminuza ufatika nubwo tutavuga ko byose byakemutse hakiri urugendo.”

    Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba UTAB ni imwe zitanga uburezi ku bana b’u Rwanda

    Padiri Dr Hagenimana Fabien, Umuyobozi Mukuru wa Ines Ruhengeri, yavuze ko hari intego zagezweho mu zo bari bihaye bashinga iri shuri.

    Yagize ati” Tujya gushinga iri shuri hari intego yo gufasha igihugu cyari kivuye mu bihe bitoroshye ngo habeho uburezi bwigisha umuntu akagira ubuhanga n’ubumenyi ariko bishingiye no ku ndangagaciro za gikirisitu kugira ngo abe umuntu wuzuye ugomba kugira icyo amarira igihugu n’umuryango mugari.”

    “Ntabwo byari byoroshye ariko twakomeje guharanira iterambere kugeza ubu ubona ko abo twigishije batanga umusanzu wabo ku iterambere ry’iyi ntara mu bikorwa bitandukanye, ibyo turabyishimira kuko mu byo dushyize imbere nk’Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, ni ukwigisha umuntu kudafata ubumenyi yahawe ngo bube ku rupapuro gusa ahubwo abe azi kubukoresha azanira umuryango impinduka zikenewe.”

    Bamwe mu bize muri aya mashuri makuru na kaminuza na bo bahamya ko ubumenyi bahakuye bwabagiriye akamaro mu iterambere ryabo n’iry’umuryango nyarwanda muri rusange.

    Nshimyumurenyi Cephase, rwiyemezamirimo ufite uruganda rukora isabune n’umuti wica udukoko ukoreshwa basukura intoki, avuga ko mu ishuri ari ho yakuye ubumenyi.

    Yagize ati “Mu mashuri nahakuye ubumenyi ari bwo nahereyeho nkora ubushakashatsi bungeza ku ruganda ‘Uburanga Products Ltd’. Turi mu rugendo ariko hari byinshi tumaze kugeraho nko kuba mfite umushahara unshimishije no kuba mfite abakozi nkoresha na bo bagahembwa bituma mpamya ko uruhare ry’aya mashuri ari ntagereranywa mu iterambere ry’igihugu.”

    Shirimpumu Jean Claude we ni umworozi w’ingurube wabigize umwuga akaba n’umuyobozi wa ‘Vision Agribusiness Farm Ltd,’ yemeza ko kwiga muri aya mashuri byamubereye urufunguzo rwo kwagura ubumenyi no gutekereza cyane ku bibazo bibangamiye umuryango Nyarwanda agahitamo kubishakira igisubizo.

    Yagize ati“Nabonaga abantu benshi batazi itungo ry’ingurube barifata nk’irinyamwanda nyamara si ko biri rigira isuku ihambaye, ahubwo baryoroye neza ryabateza imbere kuko rirororoka kandi ntirisaba byinshi nk’ayandi matungo tuzi.”

    Nahisemo kuzorora kinyamwuga kandi buri kwezi ngurisha ingurube zisaga 100 kandi nkagira 600 zihoraho. Niba mu mwaka ngurisha ingurube 1200 ku mafaranga ari hagati y’ibihumbi 30 na 50 murumva ko ibyo byonyine ntabaze ibindi nzikuramo, bimpa amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 50.”

    Umuyobozi wa Ines Ruhengeri Padiri Dr Hagenimana Fabien yavuze ko intego bihaye mu guteza imbere uburezi bw’u Rwanda igenda igerwaho

    Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye muri iyi Ntara ritanga ubumenyi no ku ba Polisi bo mu Karere

  • Umwana w’imyaka 13 afite impano yamufashije kwiyishyurira ishuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi nzu ayigurisha amafaranga y
    Iyi nzu ayigurisha amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 10 na 15

    Hakizimana yavutse mu 2008 akaba yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri cya Karugira giherereye mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro.

    Ubwo icyorezo cya Covid-19 kibasiraga isi n’u Rwanda muri rusange abantu bagasabwa kuguma mu rugo, nibwo yatangiye gukuza impano ye.

    Kuri ubu Hakizimana azi gukora neza inzu z’ubwoko butandukanye mu bikarito, akaba anashobora gukora ibindi birimo amavaze hamwe n’indabo, imodoka, moto, amagare hamwe no gushushanya ku makadere kandi akabikora neza.

    Bimwe mu bikoresho Hakizimana akoresha harimo insinga, kole, imisumari, ibikarito hakiyongeraho amacupa avamo ikinyobwa cya energy, inyange, ibirahure na sima.

    Bitewe n’uko Hakizimana abona ibikoresho akoresha bimugoye, avuga ko yifuza kubona ubufasha agakora ibintu bye neza.

    Ati “Ikintu nifuza ni uko nabona umuntu wanteza imbere nkabikora neza, ku bikoresho byiza, bitunganye neza nyine ngatera imbere ngateza n’igihugu imbere”.

    Nijoro iba yakamo amatara
    Nijoro iba yakamo amatara

    Muhawenimana Marie Grace ni umubyeyi wa Hakizimana. Avuga ko yatangiye kubona impano y’umuhungu we mu gihe cya mbere cya guma mu rugo ku buryo kuri ubu hari byinshi amaze kumenya gukora kandi bikaba hari icyo bimufasha.

    Ati “Mbona bimufasha cyane. Biriya akora iyo babiguze, abasha kwigurira amakayi. Nk’ubu yiguriye ishakoshi y’ibihumbi 15, yigurira n’inkweto yigurira ibintu byose byo ku ishuri, yishyura amafaranga y’ishuri y’umwaka wose, n’amafaranga baca y’ikibuga n’ibindi byose”.

    Ikindi ngo ni uko impano ya Hakizimana nta mpungenge itera nyina z’uko byamuviramo kureka ishuri kuko byose abikora mu gihe atagiye kwiga kandi akaba yitwara neza ku ishuri kuko atsinda.

    Umujyanama w’Umunyamabanga wa Leta akaba n’umuvugizi wa Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Ruzindana Rugasaguhunga Jean Baptiste, avuga ko iyi Minisiteri ifite gahunda zitandukanye zo gufasha impano z’urubyiruko ariko kandi ngo n’ababyeyi babo bagomba kubigiramo uruhare rwa mbere.

    Ati “Iyo abigaragaje n’abantu bakabona impano ye koko ishobora gusukirwa igakura, ntacyabuza ko uwo muntu rwose yafashwa, birumvikana kuko aba akiri mutoya ababyeyi be bagomba kubigiramo uruhare ariko iyo impano igaragaye yafashwa”.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro uyu mwana atuyemo na bwo buvuga ko hari uburyo binyuze mu mashuri bakurikirana impano z’abana bakanabafasha kugira ngo zitazima.

    Iyi nzu Hakizimana aramutse afite ibikoresho byose ngo yayubaka mu gihe cy
    Iyi nzu Hakizimana aramutse afite ibikoresho byose ngo yayubaka mu gihe cy’iminsi itatu
    Uretse inzu, Hakizimana akora n
    Uretse inzu, Hakizimana akora n’indabo hamwe n’amavaze


  • Kuba hatakibaho ‘umuranga’, kimwe mu biteza amakimbirane na gatanya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Cyera ngo wasanganga abashakanye by’umwihariko uw’igitsina gore arangwa no kwihangana kuburyo iyo umufasha we yateraga hejuru undi yabaga azi ko agomba gucisha mace, bityo bikabafasha kubaka urugo rugakomera kandi bakarambana, bitandukanye no muri iyi minsi aho hagati y’abashakanye nta bworoherane no kwihanganirana bikibaho.

    Abatuye mu Mujyi wa Kigali bemeza ko kutihanganirana no kutubahana hagati y’abashakanye muri ino minsi akenshi bikunda guterwa no kuba usanga yaba umugore cyangwa umugabo bose bafite akazi, ku buryo buri wese aba yumva yishoboye byakwiyongeraho gucana inyuma kwihanganirana bikaba bitagishobotse.

    Iyamuremye Pierre Céléstin utuye mu Karere ka Kicukiro, avuga ko hatakibaho umuranga abantu bagahurira ahabotse hose bagahita bakundana baba bataramarana igihe bagahita babana bataramenyana neza, ari kimwe mu mpamvu iteza amakimbirane naza gatanya za hato na hato.

    Ati “Mbere habagaho icyitwa umuranga ukagira umukobwa umuntu akurangiye akakubwira ati uyu mukobwa ateye gutya none ubu n’uguhura gusa mugahurira mu kabari, cyangwa muri alimentation mugakundana, mugataha urumva ko urugo baba bagiye kubaka baba batazi icyo ari cyo”.

    Ayinkamiye Odette utuye ahitwa mu Izindiro, n’umubyeyi uri mu kigero cy’imyaka 60, avuga ko afite abakobwa batatu ariko n’ubwo bataratandukana n’abagabo babo gusa ngo ntabwo bameranye neza.

    Ati “Cyera wubahaga umugabo wabona afite amahane wowe ugaca bugufi, wabona agiye kugutuka cyangwa kugukubita ukicecekera, ariko ibyubu n’amayobera niba aruko buri umwe aba afite amafaranga bigatuma basuzugurana, umwe agaca aha undi agaca aha ugasanga rwabuze gica, mbese habuze kubahana mu miryango”.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Ubukungu n’imibereho y’abaturage, Umutoni Nadine, avuga ko amakimbirane na za gatanya bigaragara muri uwo Mujyi ahanini biterwa n’uburyo bahuye no kutihanganirana.

    Ati “Buriya mu Mujyi wa Kigali tugira ibyiciro byinshi by’abantu, hari igihe ushobora gusanga yaraje ino aje gukora ikiraka cyo kubaka undi wenda yabonye akazi mu rugo, ugasanga iyo akazi gahagaze babirukanye cyangwa hagize izindi mpamvu zitumye gahagarara, akenshi ntibasubira iwabo baraza bakaba mu Mujyi bakaba barahuye bahujwe n’ako gahinda nta rukundo nta kubitekerezaho nyuma bagatandukana. Ikindi ni uko mu miryango isa nk’iyifashije usangamo kutihanganirana, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga hamwe no kutita ku nshingano, ugasanga abantu ikintu cyo kwihanganirana biranze”.

    Amakimbirane nk’aya ngo agira ingaruka ku bagize umuryango by’umwihariko abana kuko abagera kuri 90% bari mu mihanda muri Kigali usanga abenshi bafite ababyeyi umwe cyangwa bombi, ariko bakanga kuhasubira kubera umwiryane no kutumvikana bihora iwabo.

  • Musanze: Batatu muri 24 baherutse gufatirwa mu birori basanzwemo Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahawe ubutumwa bukubiyemo amabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Bahawe ubutumwa bukubiyemo amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Polisi yabasanze mu Murenge wa Muko, Akagari ka Kivugiza, Umudugudu wa Kabudundu, Abapolisi basanze bamwe bari hanze abandi bari mu nzu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.

    Aba bagore 24 bari baturutse mu mirenge ya Muko, Rwaza na Muhoza, bamaze gufatwa bavuze ko ibyo bakoze babitewe n’ubujiji bwo kutamenya amabwiriza yo kurwanya COVID-19 ndetse n’amarangamutima yo gushaka gushyigikira umukobwa w’inshuti yabo Nyiramafaranga Epiphanie.

    Nyuma yo gufata abo bantu uko ari 24 bajyanywe mu kato i Nkumba bapimwa icyorezo cya Covid-19, ibisubizo byerekana ko batatu muri bo banduye Covid-19, mu banduye hakaba harimo na nyiri urugo ariwe Nyiramafaranga Epiphanie, ari na we wari watumiye abaje mu birori, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Ubwo bafatwaga, Nyiramafaranga yavuze ko yari yatumiye abantu bakeya atazi ko bari buze ari benshi bene kariya kageni.

    Yagize ati: Bariya bantu ni inshuti zanjye zashakaga kumfasha gushyingira umukobwa wanjye, natunguwe no kubona haza abangana kuriya nari natumiye bakeya. Twakoze amakosa ariko ntabwo tuzongera kandi ndanakangurira n’abandi kujya birinda kurenga ku mabwiriza aba yatanzwe.”

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze, SSP Jean Pierre Kanobayire yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bavuga ko muri urwo rugo babonye hajyayo abantu benshi.

    Ati “Hari nka saa kumi z’umugoroba abaturage baduha amakuru, abapolisi bagiyeyo basanga mu nzu hateraniye abagore 24 baje mu gikorwa cyo kuremera umukobwa witugura gushyingirwa muri Kanama uyu mwaka, ni umwana wa nyiri urugo, Nyiramafaranga Epiphahie.”

    SSP Kanobayire yavuze ko usibye no kuba bariya bantu bararenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, amabwiriza ahagarika ibirori n’amakoraniro muri ibi bihe, bariya bantu nta bwirinzi na buke bari bafite kuko bari bateraniye mu cyumba cy’uruganiriro begeranye cyane.

     Mu birori bamwe bari bicaye hanze abandi bari mu nzu
    Mu birori bamwe bari bicaye hanze abandi bari mu nzu

    Ati “Inzego z’ubuzima zikomeje kwibutsa abaturage ko abantu benshi iyo bahuriye ahantu hafunganye bitiza umurindi icyorezo. Bariya bantu uko ari 24 bari mu cyumba cy’uruganiriro, begeranye cyane nta ntera iri hagati y’umuntu n’undi ndetse nta n’udupfukamunwa bari bambaye.”

    SSP Kanobayire yavuze ko bariya bantu 24 bamaze gufatwa bahise bajyanwa mu kato i Nkumba bapimwa COVID-19 ari naho byagaragaye ko batatu bafite ubwandu.

    Yakomeje ashimira abaturage batanze amakuru akangurira abaturage muri rusange kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kandi bakabikora badakorera ku jisho bacungana n’inzego z’ubuyobozi. Yabibukije ko ayo makoraniro ari yo ashobora kubakururira ibibazo byo kwandura cyangwa bakanduzanya iki cyorezo kigakomeza kwiyongera.


  • Rubavu: Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagiye gukingirwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni inshuro ya kabiri mu Karere ka Rubavu bagiye gukingira, kuko ubwo mu tundi Turere bakingiye kari mu bibazo by’imitingito n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ndetse ibitaro byimura abarwayi kubera kwangirika.

    Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi avuga ko ibikorwa byo gukingira bizamara iminsi itatu hakazakoreshwa urukingo rwa Pfizer, igikorwa gitangira kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nyakanga 2021.

    Mu Rwanda abantu 582 ni bo bamaze kwicwa n’icyorezo cya Covid-19, na ho abarwayi ni 15,078, abantu bamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda ni 49,016, abamaze gukira ni 33,356 bangana na 68%, abamaze gukingirwa ni 395,919 na ho ijanisha ku bandura riri ku kigero cya 11.5%.

  • Umujyi wa Kigali ugiye kwakira Inama Mpuzamahanga y’Imijyi y’ibihugu bikoresha Igifaransa – #rwanda #RwOT

    Iri huriro ryashinzwe mu 1979, rigizwe n’ibihugu 53 ariko imijyi yo ikaba myinshi kuko igihugu gishobora kugiramo umujyi urenze umwe.

    Ni urubuga rw’ubufatanye hagati y’abameya b’imijyi y’ibihugu bikoresha Igifaransa bugamije kwimakaza demokarasi yegereye rubanda. Rishyira mu bikorwa imishinga igira uruhare mu guhindura imibereho myiza y’abaturage no gucunga imijyi mu buryo buteye imbere.

    Ikiba kigambiriwe mu nama zaryo ni ukurebera hamwe gahunda z’iterambere rirambye rishingiye ku ikoranabuhanga n’ibikorwa bidaheza, ibyiza imijyi imwe yagezeho n’uko yabikoze bikaba byabera isomo iyindi ndetse ikagira n’ibyo yemeranywa gushyira mu bikorwa hagamijwe iterambere ry’umuturage.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko biteguye kungukira muri iyi nama haba ku masomo u Rwanda ruzakura ku mijyi iteye imbere, amadovize azaba yinjiye mu gihugu, amahirwe yo kubona abashoramari bashya n’ibindi.

    Ati “Nk’igihugu iyo twakiriye izi nama mpuzamahanga twungukiramo byinshi kuko tuba turi igihugu kigendwa. Kuba baduhisemo ngo twakire inama hari ibyo bagenderaho nk’umutekano n’ibindi birenze ibyo tuganira mu nama bari bushake kumenya ku gihugu.”

    “Haba muri politiki y’ubukerarugendo no gusura igihugu natwe ubwacu hari ibyo twungukiramo kuko tuba dufite imijyi yateye imbere kuturusha, ibyo bakoze neza kuturusha. Hari n’ayo madovize yinjira mu gihugu. Hari noneho n’abo bayobozi b’imijyi baza tukaganira, ejo bakatuzanira abaturage bashobora gushora imari mu gihugu cyangwa bifuza ko ibyo twakoze twabibashyira bakabikora iwabo.”

    Umwihariko w’inama y’uyu mwaka izigirwamo uburyo imijyi yakuzuzanya na sosiyete sivile mu kugeza umuturage ku bikorwa by’iterambere yibonamo.

    Abazayitabira bazasura ibikorwa bitandukanye bikoreshwamo ikoranabuhanga mu Mujyi wa Kigali uhabwa umwihariko muri uru rwego nk’aho umuturage aba ari iwe agasaba ifumbire muri ‘Nkunganire’, ibyangombwa bitandukanye mu irangamimerere binyuze ku Irembo, iby’ubutaka n’ibindi harebwa impinduka bigira ku muturage.

    Bazasura kandi imidugudu y’icyitegererezo banasobanurirwe politiki y’igihugu yo gutuza neza abaturage bavuye mu bishanga no mu manegeka mu buryo butangiza ibidukikije.

    Muri iri huriro u Rwanda rufitemo imijyi ine ari yo Kigali, Rubavu, Rusizi na Nyanza aho buri mujyi uhabwa umwihariko bitewe n’ibihakorerwa. Umujyi wa Kigali winjijwemo mu 1987, uwa Rubavu mu 2012, Rusizi mu 2015 na ho Nyanza ijyamo mu 2019.

    Mu Mujyi wa Nyanza hatezwa imbere ibikorwa byubakiye ku muco mu gihe muri Rubavu na Rusizi hashyirwa imbaraga mu bucuruzi n’uburezi byambukiranya imipaka naho muri Kigali hakitabwa ku bikorwa byo gutuza abaturage mu buryo butarimo akajagari hakoreshejwe ubutaka buto, isuku n’isukura ndetse n’ikoranabuhanga (Smart City).

    Rubingisa yavuze ko bifuza ko muri iyi nama bazasaba ko n’indi mijyi yunganira Kigali na yo yajyamo, Muhanga, Musanze, Nyagatare, Huye mu rwego rwo guhuza imbaraga hagamijwe kuyiteza imbere.

    Inama y’umwaka ushize yabereye muri Tunisia mu gihe iyayibanjirije yabereye muri Cambodge. Umujyi wa Kigali watoranyijwe kwakira iy’uyu mwaka kubera ko wagaragaje ko wayiteguye mu rwego rw’umutekano, ibikorwaremezo, ibyo abashyitsi bakenera n’ibindi bikorwa bashobora gusura hanze ya Kigali nka Pariki zitandukanye, ibirunga n’ibiyaga kandi byose bikaba biri hafi.

    Mu byemezo bifatwa havamo imirongo migari buri mujyi ushyira muri gahunda y’umwaka bihura na politiki y’igihugu mu rwego uru n’uru maze bigashyirwa mu bikorwa hakaba n’ibyo iri huriro rishyiramo ingengo y’imari.

    Nubwo ari mu gihe Isi yose muri rusange yugarijwe na Covid-19, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko bwiteguye kubahiriza ingamba zose zisabwa mu rwego rwo kwirinda kwandura cyangwa kwanduza iki cyorezo.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko igihugu cyiteguye kungukira muri iyi nama

    Umujyi wa Kigali ugiye kwakira Inama Mpuzamahanga y’Imijyi y’ibihugu bikoresha Igifaransa

  • MINEDUC n’abanyeshuri bizeye intsinzi mu kizamini cya Leta #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Irere Claudette yatangirije ibizamini bya Leta muri GS Remera Catholique
    Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Irere Claudette yatangirije ibizamini bya Leta muri GS Remera Catholique

    Ku itangira ry’ibizamini bizamara iminsi itatu guhera kuri uyu Wambere tariki tariki 12 Nyakanga 2021, bahereye ku mibare n’amasomo mbonezamubano (Social studies).

    Ni ubwa mbere mu mateka abana bakoze ibizamini bya Leta bambaye udupfukamunwa, bahanye intera, basabwa kubanza gukaraba intoki, ndetse bamwe muri bo bagera kuri 60 (nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Uburezi) barwaye Covid-19.

    Umwaka ushize wabaye impfabusa bituma nta kizamini cya Leta gikorwa, ndetse no muri uyu wa 2021 ukaba urangiye habayeho gusiba ishuri iminsi myinshi, bitewe n’icyo cyorezo.

    Bamwe mu bana biga mu rwunge rw’amashuri rwa Kagugu Catholique baganiriye na Kigali Today, ishuri rya mbere mu Rwanda ryigisha abana benshi barenga ibihumbi umunani.

    Abarangije umwaka wa gatandatu muri iryo shuri bavuga ko izo mbogamizi z’ubucucike zitazababuza gutsinda ibizamini, bahereye ku cy’imibare batangiriyeho uyu munsi.

    Ukwishaka Alice w’imyaka 13 avuga ko mu bibazo 35 byari bigize ikizamini cy’imibare, nta na kimwe yajijinganyijeho mu gusubiza cyangwa icyo yaretse gukora bitewe n’uko cyaba kimugoye.

    Abanyeshuri ngo bizeye intsinzi
    Abanyeshuri ngo bizeye intsinzi

    Ukwishaka yagize ati “Ibyo bazanye byose twarabyize, bikaba byari byoroshye bidakomeye cyane”.

    Mu batari bake twaganiriye bemeza ko ibibazo byabasabaga kwandika imibare mu magambo y’icyongereza, kugereranya, gukora ijanisha ry’amanota y’abanyeshuri yandikwa ku ndangamanota, kubara no kwandika ubunini bw’inguni, byose ngo barabyigishijwe kandi babisubije neza.

    Ku rwunge rw’amashuri rwa Remera Catholique ni ho Umunyamabanga wa Leta muri Ministiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette yasuye, akaba avuga ko imyiteguro y’ibizamini yagenze neza hose haba kuri iryo shuri no mu gihugu muri rusange.

    Irere avuga ko imyigire y’abana itagenze neza nk’uko bikwiriye muri iki gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, ku buryo ngo bitabura gutera impungenge, ariko agashimira uruhare abarezi, ababyeyi n’abana bagaragaje.

    Yagize ati “Umuntu ntiyabura kubitekereza (iby’impungenge), ariko na none buri wese yakoze uko ashoboye, turemeza ko umwanya abana bamaze batawupfushije ubusa, (impungenge) urazigira ariko na none twizeye ko bari butsinde kuko ibishoboka byose barabikorewe”.

    Abayobozi batandukanye bitabiriye itangizwa ry
    Abayobozi batandukanye bitabiriye itangizwa ry’ikizamini cya Leta

    Minisiteri y’Uburezi ivuga ko ibibazo birimo kubazwa abana izi neza ko bijyanye n’ibyo bize. Abarangije amashuri abanza barimo gukora ibizamini muri uyu mwaka baragera ku bihumbi 254,678.


  • Musanze: Abagore 24 bafatiwe mu birori byo gutegura ubukwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bafashwe bari mu birori byo gutegura ubukwe
    Bafashwe bari mu birori byo gutegura ubukwe

    Bavuga ko baguwe gitumo na Polisi ubwo bari bifungiranye mu gipangu cy’urugo rwa Nyiramafaranga Epiphanie, bakemeza ko aho bari bari bumvaga Polisi itashobora kuhamenya, gusa ngo bakaba bari bubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19, aho bari bambaye neza udupfukamunwa banahanye intera.

    Ubwo twabasangaga ku cyicaro cya Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, Nyiramafaranga nyina w’uwo mukobwa witegura gushyingirwa ari na we wari wakoranyije abo bagore, yavuze ko bakoze uwo muhango ngo batagamije kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ati “Twari abantu 24 turi iwanjye, mfite umwana witegura gushyingirwa, ni bwo abagore bagenzi banjye babonye ko mfite ubushobozi buke nk’umupfakazi baza kunshyigikira, twari tuzi ko haza bake bagatanga impano basohoka, nibwo rero mu gihe bari bamaze gutanga impano batangiye gusohoka Polisi yahise itugeraho”.

    Bafatiwe mu birori barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Bafatiwe mu birori barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Uwo mukecuru arasaba imbabazi, aho yemeza ko ibyamubayeho bimuhaye isomo ryo kutazongera kurenga ku mategeko yo kwirinda Covid-19.

    Ati “Nta watorotse twari 24 twicaye dutatanye, ni ahantu hazitiye hamiramije kandi ni igikorwa cyari cyitabiriwe n’abagore gusa, nta watorotse rwose, turabizi ko ubukwe butemewe, ariko twateganyaga ko tugize amahirwa bagafungura twahita tumushyingira, ubonye akantu k’agakoresho akakanzanira ngo mbe nkibitseho. Binsigiye isomo ryo kutongera kwinangira ku mabwiriza kandi namwe mumbabarire sinzabyongera, habayeho kujijwa n’ubuswa bwinshi”.

    Uwo mukobwa witegura kurushinga witwa Niyomurengezi, mu magambo make yagize ati “Bari baje gufasha mama mu bukwe ndimo kwitegura, twari dutegereje ko Covid-19 irangira tugahita dukora ubukwe ni yo mpamvu twari mu myiteguro. Covid-19 turayizi irandura kandi ikica, ntabwo natwe twifuza ko ikomeza kwandura, gusa amakosa twayakoze kuko twahuriye ahantu turi benshi kandi bitemewe”.

    Nyiramafaranga Epiphanie wari wateguye ibyo birori
    Nyiramafaranga Epiphanie wari wateguye ibyo birori

    Nirere Philomène wari waturutse mu Murenge wa Rwaza nawe yaje muri ibyo birori, avuga ko ababajwe no kuba yarenze ku mategeko y’umugabo we wari wamubujije kuza muri ibyo birori, asaba abagore bose kujya birinda kurenga ku mabwiriza y’abo bashakanye.

    Agira ati (Arira), Amakosa nayakoze byo ndabizi ariko ni umwanya wo kwikosora ni bwo bwa mbere byambaho kuva navuka, umugabo wanjye byamubabaje maze kumubwira ko nafashwe, yambwiye ati sinari nakubujije ukarenga ku byo nakubwiye!”

    Arongera ati “Umugabo yari yabimbujije pe, binteye ipfunwe kuzongera kumuhinguka imbere, rwose Polisi imbabarire kuva Covid-19 yatera sinigeze nambara nabi agapfukamunwa, ubwo wenda niba nanduriye mu mwuka barapima barebe, ariko nsabye imbabazi, nashutswe nuko uyu mukobwa namukundaga ndavuga nti reka njye kumushyigikira kuko nanjye mfite abana nashyingiye. Abagore tujye twubaha inama tugirwa n’abagabo bacu, akenshi ziba ari izubaka”.

    Uwitwa Buteneri Eugénie we arashinja nyiri urugo uburangare bwo kuba yarabatumiye muri uwo muhango atabanje kubisabira uburenganzira mu nzego zishinzwe umutekano.

    Ati “Nyine ni bwa bujiji bukiturimo, ni ikosa twakoze kandi turarisabira imbabazi, bamfashe ngiye gusohoka maze gutanga igikoresho nari nzaniye uyu mugeni, rwose ibi turabishinja nyiri urugo wagize uburangare ategura ibi birori atabimenyesheje inzego z’umutekano, baduhamagaye kuri telefoni twumva ko nta kibazo, abandi babitekerezaga bibahe isomo bamenye ko atari byo, ko ari ibibazo twiteje”.

    Bahawe ubutumwa bukubiyemo amabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Bahawe ubutumwa bukubiyemo amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Mu butumwa bwa Polisi bwatanzwe na CIP Alex Ndayisenga, Ushinzwe ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu nNara y’Amajyaruguru, yavuze ko ibyo abo bagore bakoze binyuranyije n’amabwirizwa yo kwirinda Covid-19. Avuga ko ubutumwa bwatanzwe n’inzego zinyuranye ku buryo nta Munyarwanda wakabaye agira utwitwazo rwo gukora ibibujijwe, asaba abaturage gutinya icyorezo aho gucungana n’inzego z’umutekano bagakora ibinyuranyije n’amabwiriza.

    Ati “Bamwe muri bo, barabyivugiye ko babikoze bizera ko inzego z’umutekano zitari bubabone, bari benshi kandi bari ahantu hafunze, umwuka utabasha gusohoka, ibyo bikerekana ko hari abataramenya uburemere iki cyorezo gifite, ni yo mpamvu hagomba kubaho ukwigisha guhozaho”.

    CIP Ndayisenga kandi avuga ko abo baturage bafashwe bagiye kubanza gushyirwa mu kato, mu gihe bazapimwa Covid-19 bakabona kurekurwa batanze amande yagenwe kandi bakarekurwa mu gihe badasanze baranduye.

    CIP Alex Ndayisenga Umuhuzabikorwa w
    CIP Alex Ndayisenga Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru

    Mu byemezo bya Njyanama y’Akarere ka Musanze bijyanye n’ibihano ku warenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, uwo bafashe ahanishwa amande angana n’amafaranga ibihumbi 10, na ho uwateguye icyo gikorwa bafatiwemo agahanishwa amafaranga ibihumbi 100, byaba akabare hakiyongeraho n’igifungo.

  • Nyamagabe: Bamaze imyaka 13 barambuwe na rwiyemezamirimo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’i Mushubi mu Karere ka Nyamagabe, hari abagera kuri 55 bubatse ibyumba by’amashuri ku ishuri ribanza rya Nyagisumo binubira ko hashize imyaka 13 batarishyurwa, n’icyizere cyo kwishyurizwa na Perezidanse kikaba kimaze imyaka irenga ibiri ntacyo kiratanga.

    Umwe mu bubatse kuri iri shuri avuga ko yambuwe amafaranga abarirwa mu bihumbi 200. Avuga ko bakoranye na rwiyemezamirimo witwa Noel Mbonabucya, wari ufite kampani yitwa ERWABRICO, aza kugenda atarangije imirimo ariko atanabishyuye.

    Akimara guta imirimo ngo bahise bagaragariza ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe ko agiye atabishyuye, kandi ko abo yakoresheje yari abarimo miliyoni ebyiri, ibihumbi 152 n’amafaranga 450 (2,152,450).

    Icyo gihe ngo bifuzaga kwishyurwa bikiri mu maguru mashya, nk’uko bivugwa na Domitien Bizimana wari gapita mu mirimo yo kubaka kuri aya mashuri.

    Agira ati “Mbere y’uko hashyirwaho rwiyemezamirimo urangiza imirimo, twahise tugaragariza Akarere ko atatwishyuye, kugira ngo uwa kabiri azatangire twamaze kwishyurwa. Habayeho kuduhuza, akemera ideni ariko ntaryishyure. Njyewe ariko yambwiraga ko kutatwishyura ari ukubera amafaranga Akarere kari kamufitiye, birangira adukujeho.”

    Icyo gihe ku Karere na ho ngo bavugaga ko bamwishyuye, ko akwiye kwishyura abo yakoresheje.

    Ubwo Perezida Kagame yagendereraga akarere ka Nyamagabe tariki 26 Gashyantare 2019, bamugejejeho ikibazo cy’uyu mwenda mu nyandiko, hanyuma mu kubikurikirana baza kubwirwa ko ikibazo kigiye gukemuka, ariko na n’ubu amaso yaheze mu kirere.

    Gapita Bizimana ati “Umwe muri twebwe yagiye muri Perezidanse, baterefonnye ku Karere bamubwira ko ikibazo kiba cyakemutse mu minsi irindwi, na n’ubu turacyategereje.”

    Ku rundi ruhande ariko, Rwiyemezamirimo Noel Mbonabucya avuga ko nta mafaranga arimo bariya bantu, akanavuga ko atumva impamvu bamwishyuje batinze.

    Yemera ko yabakoresheje ariko ngo nta mafaranga yabasigayemo, nk’uko abisobanura ati “Njyewe nta mafaranga nabasigayemo. Ko nananiranywe n’Akarere tugasesa gukorana, bikava muri 2009 bagatangira kunyishyuza muri 2013, urumva icyo kibazo nakijyamo gute?”

    Iyi ni inzu mberabyombi (salle) y
    Iyi ni inzu mberabyombi (salle) y’Umurenge wa Tare yubatswe na Ecotrapeg

    Mu Murenge wa Tare na ho ho mu Karere ka Nyamagabe, hari abubatse salle muri 2013 binubira ko kampani Ecotrapege Ltd ya Jean Marie Vianney Maniraguha yabahezemo miliyoni imwe n’ibihumbi 216 n’amafaranga 550 (1,216,550).

    Mu Murenge wa Kaduha na ho, hari abubatse ubwiherero n’igikoni ku ishuri ribanza rya Bamba mu mwaka ushize wa 2020. Bavuga ko rwiyemezamirimo bakoranye na we yataye imirimo atayirangije, hanyuma abakoranye n’uwaje kurangiza imirimo bagahembwa n’ubuyobozi bw’umurenge, naho bo bakaba na n’ubu bagitegereje.

    Uwitwa Jean Pierre Majyambere agira ati “Twakoranye n’uwitwa Theogene, agenda atatwishyuye, na n’ubu twishyuza ku murenge bakatubwira ngo ibyacu birimo uruvangavange. Twayobewe icyo tuzakora.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure, avuga ko abubatse mu mwaka ushize bakaba batarishyurwa bo baza kubikurikirana bakabona amafaranga yabo.

    Icyakora, bariya bambuwe na ba rwiyemezamirimo muri 2008 no muri 2013 ibyabo ngo biracyakurikiranwa, uretse ko anavuga ko icyaruta ari uko abambuwe bakwitabaza inkiko.

    Ku rundi ruhande ariko, nk’abambuwe na rwiyemezamirimo Noel Mbonabucya bibaza impamvu ubuyobozi bw’Akarere buri kubasaba kugana inkiko ubu, nyamara atari ko bari bababwiye mbere.

    Bizimana ati “Turajya mu rukiko Akarere kari katwijeje ko kagiye kudufasha bigakemuka, si ikindi kibazo? Iyo baza kubitubwira kare tuba twaragannye inkiko.”

    Uwambuwe ibihumbi 200 we anavuga ko hari n’ubwo bafashe icyemezo cyo kujya mu nkiko, ariko babwiwe ko bagomba gushaka amasezerano Akarere kagiranye na rwiyemezamirimo, ariko babuze uyabaha.