
Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.


Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.


Imyigaragambyo yatangiye nyuma gato y’uko Zuma atangiye igihano cyo gufungwa amezi 15 yakatiwe n’Urukiko kubera kurusuzugura, abantu bagera kuri 45 akaba ari bo bamaze kugwa muri iyo myigaragambyo, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Le Figaro.
Minisitiri w’Intebe wa KZN, Sihle Zikalala, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nyakanaga 2021, yatangaje ko abantu benshi bazize umubyigano muri iyo myigaragambyo.
Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa, yavuze ko imvururu zimeze zityo zimaze kugwamo abantu basaga batandatu, ari ubwa mbere zibaye muri Afurika y’Epfo nyuma ya ‘apartheid’, nk’uko byatangajwe na Aljazeera.
Igisirikare cya Afurika y’Epfo cyatangaje ko cyohereje abasirikare mu Ntara ebyiri harimo ahaherereye Umujyi w’ubukungu wa Johannesburg, kugira ngo bafashe Polisi gucubya abigaragambya barimo gutera amazu y’ubucuruzi.


Ni amakuru atangajwe na Ibrahim Uwihoreye, Umuvugizi wa Musanze FC unashinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe ya Musanze (Team Manager), aho yemeza ko kwirukana abo bakinnyi byari bigeze ku rwego ubuyobozi butari bugishoboye kubihanganira, kubera amakosa anyuranye yagiye abagaragaraho mu bihe bitandukanye.
Yavuze ko abo bakinnyi batari bakiri ku rwego rujyanye n’intego ikipe yifuza kugeraho mu mwaka utaha w’imikino, aho bifuza ko ikipe ijya ku rwego rurenze urwo yari iriho.
Ati “Bijyanye n’intego dufite muri saison itaha, hari abakinnyi barimo Mutebi na Sova basezerewe, nyuma yo kureba byinshi mu ma raporo atandukanye y’ibikubiye mu masezerano yabo, Sova yari afite amasezerano y’imyaka ibiri yari asigaje mu ikipe ya Musanze, mu gihe Mutebi we yari asigaranye umwaka umwe. Impamvu zijyanye na Discipline zatumye tutazakomezanya muri saison ikurikiyeho, mu gihe ku rundi ruhande Cyambade we umusaruro muke watumye habaho guhagarika amasezerano ku mpande zombi”.

Uwo muvugizi w’ikipe yavuze ko muri uko guhagarika amasezerano nta ngaruka byagira ku ikipe, kuko hari ibimenyetso bigaragaza uburyo abo bakinnyi bagiye bakora amakosa, bakagirwa inama zinyuranye ariko bakanangira kwisubiraho.
Ati “Ntacyo bishyuza, kubera ko byose bikubiye mu masezerano twagiranye mbere y’uko basinya muri Musanze FC, na za raporo zijyanye n’ababakurikiranye umunsi ku wundi, harimo abatoza ndetse n’ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze, raporo zabo zagiye zigaragaza ko hari amakosa bakoze kandi na bo hari amabaruwa bagiye bandika”.
Arongera ati “Hari nk’ibaruwa Mutebi yanditse asaba imbabazi, na Sova nawe hari amabaruwa menshi yanditse, kuri Cyambade harimo umusaruro muke ko bishobora kuba impamvu ituma amasezerano ku mpande zombi ahagarara. Nta kijyanye n’ideni ikipe ya Musanze ibabereyemo, ntekereza ko ahandi bazikosora bagatanga umusaruro, ariko muri Musanze FC byagaragaye ko tutakibashije gukomezanya nabo”.
Kubera iyo myifatire itari myiza yakomeje kuranga bamwe mu bakinnyi ba Musanze FC, aho bagiye batoroka Camp bakajya mu tubari barenga no ku zindi ngamba zijyanye no kwirinda Covid-19, byatumye muri Kamena 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi JMV, abasura abibutsa ko imyitwarire myiza ari kimwe mu bituma ikipe yitwara neza.

Minisitiri abasaba gukorera hamwe nk’ikipe, kwirinda ingeso mbi zirimo ubusinzi n’ibiyobyabwenge, ruswa, amarozi n’ibindi ariko yongeye kwibutsa abakinnyi uko bagomba kwirinda Covid- 19, aho yagize ati “Covid- 19 irahari dukomeze dukaze ingamba”.
Musanze FC, ni ikipe kugeza ubu idafite umutoza nyuma y’uko yirukanye Seninga Innocent hagati muri Shampiyona 2021 azira umusaruro muke, ikaba ifite n’ibibazo by’abakinnyi ku myanya inyuranye, aho umuzamu wayo mukuru Ndori Jean Claude yamaze kwerekeza muri Gorilla FC, mu gihe rutahizamu wayo Onesme Twizerimana nawe yamaze kwerekeza muri Police FC.
Uwihoreye Ibrahim, akavuga ko nta mpungenge zihari kuko ubuyobozi buticaye, aho bukomeje kuganira n’abatoza banyuranye ndetse n’abakinnyi basimbura abirukanwe n’abagiye mu yandi makipe.


Abanyeshuri basibye ibizamini zitandukanye bijyanye n’imiterere y’akarere aho mu karere ka Nyagatare harimo abo ababyeyi babo bimukiye ahandi ndetse n’abanyeshuri banza nkana kwitabira ibizamini.
Umukozi w’akarere ka Nyagatare ushinzwe uburezi yabwiye Kigalitoday ko uretse abanyeshuri imiryango yabo yimukiye ahandi hari n’abandi banze gukora ibizamini nkana.
Yagize ati “Hari abimukiye ahandi uyu munsi tukaba tutazi aho baherereye uretse barindwi twamenye ko bo barimo gukora. Hari ariko n’abandi babyanze badashaka gukora ibizamini babona n’umuntu ageze iwabo bakarikanka bagahunga.”
Abanyeshuri basibye abenshi ni bo mu karere ka Kirehe aho ku banyeshuri 9,938 habashije gukora 9,725 naho 213 basiba ikizamini bangana na 2% by’abagombaga gukora bose.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe Muzungu Gerald avuga ko impamvu yatumye bagira umubare munini w’abana basibye ibizimana harimo uburwayi ndetse no kwimuka.
Ati “Abenshi basibye ni abana bo mu nkambi ya Mahama ababyeyi babo barimutse basubira iwabo kandi bari bariyandikishije. Abandi ni abafite uburwayi butandukanye ariko butarimo COVID-19, ni indwara zisanzwe hari n’abahuye n’impanuka.”
Abanyeshuri basibye ibizamini mu ntara y’Iburasirazuba 891 harimo abakobwa 452 n’abahungu 439 impuzandengo y’abasibye ingana na 1.3% naho abakoze akaba ari 98.7%.
Uturere twa Kayonza na Kirehe nitwo dufite abanyeshuri benshi basibye aho abakoze bafite impuzandengo ya 98% mugihe akarere ka Nyagatare kaza imbere ku bwitabire bw’abanyeshuri bakoze ibizamini n’impuzandengo ya 99.1% hagakurikiraho uturere twa Ngoma na Rwamagana n’ubwitabire bwa 99%.
Mu ntara y’Iburasirazuba kandi abanyeshuri batanu bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza barwaye COVID-19 harimo abakobwa babiri n’abahungu batatu.
Akarere ka Bugesera niko gafite benshi, abahungu batatu naho uturere twa Nyagatare na Rwamagana tukagira umunyeshuri umwe, umwe w’umukobwa.
Abarwaye COVID-19, bakaba barakoreye mu byumba byihariye kugira ngo batagira aho bahurira n’abandi.
Mu banyeshuri bari biyandikishije kuzakorera ibizamini bisoza amashuri abanza mu karere ka Nyagatare barindwi nibo bizwi ko bakoreye mu tundi turere bimukiyemo. Ni mugihe kandi akarere ka Nyagatare hagaragaye abandi bahakoreye bariyandikishije mu tundi turere.
Mu ntara y’Iburasirazuba mu turere turindwi hari site z’ibizamini 254, zirimo gukorerwamo n’abanyeshuri 65,027, abakobwa 35,169 n’abahungu 29,858.
Ku rwunge rw’amashuri rwa Nyagatare hanakoreye abanyeshuri 23 bagororerwa muri gereza y’abana ya Nyagatare.

Muri uyu muhango wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Dufatanyije tugera ku iterambere”, Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi yahaye ikaze kandi ashimira byimazeyo abitabiriye uyu munsi, barimo uwari uhagarariye Ministeri y’Ububanyi n’amahanga y’u Burusiya, Vsevolod Tkachenko, Abahagarariye ibihugu byabo mu Burusiya, inshuti z’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye mu Burusiya na Belarus.
Ambasaderi Lt Gen Kamanzi yibukije abari muri uyu muhango ko ababohoye u Rwanda bari urubyiruko.
Ati “ku itariki 4 Nyakanga 1994, abagabo n’abagore ba RPA hafi ya bose bari bakiri abasore, barangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; babohora igihugu cyacu.”
Yabashimiye ubwitange bwabo n’ikiguzi batanze, kuko byabaye umusingi wo gutangira uru rugendo rumaze imyaka 27 hubakwa u Rwanda rwifuzwa n’abarutuye.
Yakomeje yibutsa ijambo Umukuru w’igihugu Prezida Paul Kagame yagejeje ku Banyarwanda ku itariki ya 4 Nyakanga 2021, ubwo hizihizwaga umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 27.
Ati “Imyaka 27 irashize Abanyarwanda twishyize hamwe, tubohora igihugu cyacu. Kuva icyo gihe twiyemeje gukorera hamwe buri munsi kugira ngo twubake umuryango nyarwanda, ndetse duhindure u Rwanda igihugu cyiza kuri buri wese”.
Ambasaderi Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi, yasabye urubyiruko rugize umubare munini w’Abanyarwanda bari mu Burusiya na Belarus, guhera ku byagezweho, bagateza imbere u Rwanda kurushaho.
Asoza ijambo rye, yibukije ijambo Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame yagejeje ku benegihugu ku itariki ya 4 Nyakanga rijyanye no kwirinda icyorezo cya Covid-19, rigira riti “Ubu ni ngombwa ndetse ni ngombwa cyane ugereranyije n’ibihe byatambutse, gukurikiza ingamba zishyirwaho na Minisiteri y’Ubuzima n’ibindi bigo hagamijwe gukumira ikwirakwizwa rya COVID no kurokora ubuzima bw’Abanyarwanda.
“Turashaka ko Umunyarwanda wese agira ubuzima bwiza kandi akisanzura, bityo akabyaza umusaruro amahirwe yose aboneka mu gihugu haba mu burezi, mu gushaka akazi no kwihangira imirimo.”
Vsevolod Tkachenko, wari uhagarariye Ministeri y’Ububanyi n’amahanga y’u Burusiya, yashimiye aho u Rwanda rugeze muri iyi myaka 27 ishize, aho rwateye intambwe igaragara mu kubanisha Abanyarwanda, mu kuzana amahoro no guteza igihugu imbere kikagera ku majyambere arambye.
Yavuze kandi ko igihugu cye cy’u Burusiya kitigeze gihwema gushyigikira u Rwanda muri gahunda zitandukanye. Yishimiye umubano n’ubufatanye biri hagati y’ibihugu byombi, guhera muri Ukwakira 1963.
Umuyobozi w’Umuryango w’Inshuti z’u Rwanda, Pr. Pavel Kolesnikov nawe yashimiye abagize uruhare rwo kubohora u Rwanda, bakaba batararekeye aho, ahubwo bagakomeza gushyira hamwe bubaka u Rwanda, rukaba rumaze gutera intambwe ishimishije mu ruhando rw’amahanga.
Umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Burusiya no muri Belarus, Rutaganira Joseph yakanguriye urubyiruko ruri mu mashuri kwigira ku rubyiruko rwabohoye igihugu bagakunda igihugu batizigama, kandi yabahamagariye gukoresha ubumenyi bakura mu mashuri mu guteza imbere igihugu no kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Hari kandi n’urubyiruko rugizwe n’abanyeshuri biga muri za Kaminuza zitandukanye zo mu Burusiya, batanze ubutumwa bwo gushimira ingabo za RPA zari urubyiruko mu myaka 27 ishize, bakaba baritanze bakabohora u Rwanda.
Bijeje abayobozi ko nabo bazagera ikirenge mu cy’abababanjirije, bagasigasira ibyagezweho, bakanabyubakiraho kugira ngo u Rwanda ruzahore ari igihugu kibereye buri Munyarwanda.
Ntabwo haramenyekana neza impamvu yatumye batitabira ariko ikekwa cyane ni uko hari abimutse bakajya ahandi kugera aho bari biyandikishirije ntibiborohere.
Muri aba banyeshuri batitabiriye gukora ibizamini bisoza amashuri abanza, harimo 222 bo mu Karere ka Gicumbi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Felix, yavuze ko muri abo bose harimo abakoreye ahandi ku mpamvu zitandukanye ndetse n’abatarabonetse bakomeje gushakishwa ngo bakore bityo ntihagire ucikanwa n’ayo mahirwe.
Yagize ati” Mu bana 222 bigaragara ko bari biyandikishije mu Karere ariko ntibagaragare kuri Site ngo bakore. Dufitemo 83 bimukiye mu Nkambi ya Mahama noneho bari gukorera aho bari, dufite n’abandi babiri gahunda ya Guma mu Karere yasanze bari iwabo i Musanze na bo baroroherejwe bakorera iwabo, abandi basigaye ni bo turi gukurikirana dufatanyije n’abayobozi b’amasibo n’imidugudu kuko dufite urutonde rwa buri muntu.”
Meya Ndayambaje yavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri hari abari bamaze kuboneka.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine na we yavuze ko bamaze kumenya ko hari abana batagiye gukora ibizamini, bafatanyije n’inzego z’ibanze bajya kubashaka ku buryo bamwe bakoze ibizamini ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere.
Ati “Hari abatari babonetse mu gitondo, ikigoroba turabazana barakora ndetse n’ubu turacyashaka abandi ngo na bo baze bakore kandi bari kugenda baboneka”.
Ibi bizamini biri kuba mu bihe bitoroshye byo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 yongeye kuzamura ubukana, byatumye hashyirwaho na gahunda ya Guma mu Karere n’amashuri muri rusange arafungwa hirindwa ikwirakwira rikabije.
Muri rusange abanyeshuri bagera ku 254,678 ni bo bari biyandikishije ngo bakore ibizamini bisoza amashuri abanza mu gihugu hose, umubare munini ni abakobwa bihariye 54%.
Muri gahunda y’ubukangurambaga igamije kurwanya ikwirakwira rya Covid-19 ikomeje guhungabanya ubukungu bw’Isi, Minisitiri Gatabazi yavuze ko abayobozi bica amabwiriza nkana bazajya babihanirwa nk’uko n’umuturage uyarenzeho ahanwa.
Mu butumwa bwanyujije kuri twitter yagize Ati “Ku bijyanye n’abayobozi babyitwaza, bakaba barenga ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19, tubahana nk’uko abandi baturage bahanwa.”
Yavuze ko ariko abayobozi bagiye bagaragarwaho n’iyo myitwarire itari myiza bagiye bamburwa inshingano.
Ati “Abo benshi muri bo twagiye tubavana no mu kazi, Umukuru w’Umudugudu akavaho, uw’Akagari agahanwa akavaho, hari n’abo twasezereye banyuranye mu tugari, hari n’abo mu mirenge na bo byagezeho. Hari n’abayobozi b’imirenge cyangwa abo ku rwego rw’uturere bagiye bitwaza ko bafite iyo myanya bagashaka kurenga ku mabwiriza, bakabihanirwa.”
Yongeye kwibutsa abaturage ko kwirinda bikwiye kuba ibya buri wese aho gutegereza ko bikorwa n’abayobozi nk’uko usanga benshi babitekereza.
Ati “Ibyo dukora byose, twahana abayobozi, twahana abakoze amakosa, umuturage ni we ugomba kwibuka ko agomba kwirinda mbere na mbere ku giti cye, umuryango we, abo babana ndetse n’abo bakagira uruhare mu bukangurambaga bukorwa bibutsa abaturage bagenzi babo baba batabyubahirije. Badategereje ko byakorwa n’abayobozi gusa.”
Muri ibihe Covid-19 ikomeje gukaza umurego, inzego zose z’ubuyobozi ndetse n’Abaturarwanda bahamagarirwa guhuza imbaraga bagahangana n’iki cyorezo gikomeje kwibasira Isi binyuze mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ryayo.
Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa n’iyubahirizwa ryayo cyane ko ari bo begereye abaturage no gukurikirana buri munsi ubuzima bw’abanduye iki cyorezo barwariye mu ngo zabo ngo hato badakongeza imbaga.
Umubare w’abamaze kugaragaraho ubwandu kuva ku wa 14 Werurwe 2020 ugera ku 49.016, mu bipimo 1.730.439 bimaze gufatwa. Abamaze gukira ni 33.356 naho abakirwaye ni 15.078 barimo 70 barembye mu gihe abagera kuri 582 ari bo bahitanywe na cyo. Abagera ku 395.919 ni bo bakingiwe.
Abayobozi bitwaza ko ari abayobozi bakaba barenga ku mabwiriza ya COVID-19, tubahana nk’uko n’abandi baturage bahanwa ndetse bibagiraho n’ingaruka mu kazi kuko abenshi bagiye bakurwa mu nshingano zabo. #Ntakudohoka@gatjmv @AissaCyiza pic.twitter.com/dQ215pyV44
— Ministry of Local Government | Rwanda (@RwandaLocalGov) July 12, 2021
Ku bagenda mu muhanda Kayonza-Ngoma, babona ko ku Biro by’Umurenge wa Nyamirama huzuye inzu nziza izimukiramo abakozi by’uyu Murenge, bavuye mu nyubako bari basanzwe bakoreramo kuko ari nto kandi ishaje cyane.
Akarere ka Kayonza katanze isoko ryo kubaka ibiro bishya mu mwaka wa 2019, rwiyemezamirimo atangira kubaka muri Gicurasi uwo mwaka ndetse anasoza kubaka, abaturage bategereza ko Ibiro by’Umurenge byimuka baraheba.
Habineza Xaver yagize ati “Uyu Murenge twategereje ko bawukoreramo turaheba, twumva ngo rwiyemezamirimo ntarawumurika kandi twe tubona wararangiye, hariya bakorera ubona ko habangamye, iyo tugiyeyo turi benshi ubona ko ubwirinzi bwa Covid-19 buba butagenda neza.”
Mukahigiro Clementine yavuze ko bibabaje kuba bagihererwa serivisi ahantu habi nyamara hari ibiro by’Umurenge bishya byuruzuye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kayonza, Kagaba Hero Aaron, yabwiye IGIHE ko Ibiro by’Umurenge mushya wa Nyamirama bibura umurindankuba na ‘Switch ya internet’ ifasha mu gutanga internet yihuta.
Ati “Twahuye n’ikibazo cya rwiyemezamirimo wagiye abipiganirwa nabi, yari afite amasoko atatu mu Karere kuko yari yayatsindiye mu ipiganwa, twibwira ko azabirangiza byose ariko ntibyashoboka.”
Kagaba yavuze ko igihe cyageze bamwishyura amafaranga yo kurangiza ibikorwa akajya kwikorera andi masoko yari afite, nyuma ngo Covid-19 yahise ijyamo bituma asubira inyuma cyane.
Ngo yaje kubandikira urwandiko ababwira ko Covid-19 yamugizeho ingaruka bituma bamufasha kumwishyurira hagamijwe kurangiza imirimo kare.
Ati “Byarangiye imirimo yose atayisoje neza, isoko rye turarisesa agana mu mategeko bituma natwe tudakorera muri wa Murenge mushya, nubwo hari hasigaye imirimo micye, mu mategeko arega atubwira ko imirimo yarangiye natwe tukavuga ko imirimo yose itarangiye ari na yo mpamvu tutawukoreyemo nk’uko abanyamategeko bacu babitugiriyemo inama.”
Gitifu Kagaba yavuze ko kuri ubu bagiye gutanga isoko ryo gukora imirimo isigaye, yizeza abaturage ko bitarenze Ugushyingo uyu mwaka, iyi nyubako izaba itangirwamo serivisi nk’uko Komite nyobozi yamaze kubyemeza.
Ibiro bishya by’Umurenge wa Nyamirama byari biteganyirijwe ko ingengo y’imari ya miliyoni 87 Frw.
Bamwe mu bajyanama baganiriye na Radio Rwanda, bayemereye ko hari abarwayi benshi barwariye COVID-19 mu ngo babihisha, banashimangira ko iyi myitwarire idakwiye kuko basanga yakoma mu nkokora ingamba zo guhangana n’icyorezo.
Umujyanama w’Ubuzima umwe yagize ati “Imyumvire y’abantu iratandukanye hari n’uwo babibwira yipimishirije nka Kacyiru yari aturutse hano Kimihurura agakata akanyura ku Muhima cyangwa za Nyamirambo kugira ngo nibura na we ye kurwara wenyine, urumva abo bantu baba bahari.”
Undi yagize ati “ Bigumira mu ngo zabo bakikorera ibyabo bakajya bajya guhaha ukamubona atajya mu kazi gusa kandi ukabona ni umurwayi, uwo ntumusaba n’amakuru ngo ayaguhe kuko ntaba ashaka abantu ko babimenya; abo ni benshi turabagwije.”
Mugenzi wabo we yavuze ko hari n’igihe basaba amakuru y’abarwaye bakabihisha bayahabwa n’abaturanyi babo.
Ati “Nk’ubu nk’umuturanyi ashobora kubona mugenzi we afite ibyo bimenyetso, urabona barababwiye ngo bajye bateka indimu na tangawizi yabona abikoresha cyane akaba yaza kukubwira ngo nyamara kanaka ashobora kuba arwaye, tukamugeraho tukamubaza amakuru y’ukuri ku buryo kenshi dusanga arwaye yarabihishe .”
Aba bajyanama b’ubuzima banemeza ko abarwariye COVID-19 mu ngo kenshi babitabaza ariko uko barembye bakeneye kujyanwa ku bigo bivurirwamo abazahajwe n’iki cyorezo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, we yavuze ko uwafatwa ajya kwanduza abandi ashobora gukurikiranwa n’amategeko.
Inzego z’ubuzima zivuga ko gukurikirana abarwariye COVID-19 mu ngo byatanze umusaruro ufatika mu guhangana na yo ariko zigashimangira ko bisaba abarwayi kwiyumvamo inshingano zo kwirida kwanduza abandi.
Ku mpuzandengo ya 2020, umugore wo mu Rwanda abyara abana 3.9, umubare uri hejuru cyane y’impuzandengo yo ku rwego rw’Isi, aho umugore abyara abana 2.4, uretse ko nanone u Rwanda rwateye intambwe ifatika kuko bahoze ari abana 4.1 mu 2017 na 4.5 mu 2010.
Kuri ibi hiyongeraho ko impuzandengo y’imyaka y’Abanyarwanda ari 20 gusa, bivuze ko abakiri bato bakeneye kuzabyara mu bihe biri imbere ari benshi, ku buryo kwitega ko umubare w’abana bavuka mu Rwanda uzagabanuka mu gihe cya vuba, byaba ari ukwigiza nkana.
Kubera iyo mpamvu, Abanyarwanda tuzakomeza kwiyongera, aho tuzaba turi miliyoni 14 mu 2025, tugere kuri miliyoni 16 mu 2030 ndetse na miliyoni 22 mu 2050.
Twakwiyongera twagira, hari amahirwe menshi y’uko ubuso bw’ubutaka dutuyeho buzakomeza kuba 26.338 km2, byumvikanisha ko ikibazo cy’ubucucike bw’abaturage dufite uyu munsi ntaho cyenda kujya ndetse uwavuga ko turi mu mwanya mwiza wo kwiga kubana na cyo ntiyaba akabije.
Ubu bucucike si inkuru mbarirano kuko u Rwanda ruri mu bihugu bifite ubucucike bukabije ku Isi, aho kuri kilometero kare imwe, tuhatuye turi 525 (525/1km2), agahigo twihariye muri Afurika kuko nta kindi gihugu gituwe cyane gutyo, ukuyemo ibirwa.
Kugira ngo ubyumve neza, wibaze ko u Rwanda rutuwe kurusha u Bushinwa bufite abaturage miliyari 1.4, ariko bukagira kilometero kare 9.388.211, bituma ubucucike bw’abaturage buba 153/1km2.
Uretse u Bushinwa, u Rwanda rutuwe kurusha u Buhinde bwa kabiri mu kugira abaturage benshi ku Isi, bangana na miliyari 1.3. Iki gihugu gituwe n’abaturage 463/km2 kuko gifite kilometero kare 2.973.190.
Impuzandengo y’abaturage b’Isi kuri km2 ni abantu 58.7/km2, mu gihe muri Afurika ari abantu 43/km2, ibipimo u Rwanda ruheruka kera cyane mbere ya 1960, nabwo icyo gihe kilometero kare imwe yari ituyeho abantu 119 (119/km2).
Tuzabona ibidukwiriye?
Mu Isi y’inyamaswa, buri kimwe cyose kigerwaho binyuze mu ikoreshwa ry’imbaraga. Iyo intare y’ingabo imaze kugimbuka igeze ku myaka itatu, iva mu muryango yavukiyemo ikajya kwibeshaho. Kugira ngo ireme umuryango wayo bwite, bisaba ko irwana n’indi ntare isanzwe iwufite, yayitsimbura ikawugumana, yakubitwa inshuro igakomeza ikajya kurwariza ahandi.
Ku bantu siko bigenda kuko bagira amategeko agena uko babona umutungo, ariko kimwe no mu Isi y’inyamaswa, buri gihe cyose ikintu runaka kibaye iyanga kandi gikenewe na benshi, ihangana riratangira ku buryo kibona umugabo kigasiba undi, nk’uko biri kugenda muri iyi minsi ku nkingo za Covid-19.
Nubwo ikibazo cy’ubwinshi bw’abaturage kitaza mu by’ibanze bihangayikishije u Rwanda, hari ababona ko gifite umwihariko kuko Abanyarwanda barenga 80% batuye mu cyaro, bityo bagashingira ubuzima bwabo ku buhinzi butunze abarenga 70%, na cyane ko ubutaka bw’u Rwanda budafite umutungo kamere uhagije, ndetse n’abaturage benshi bakaba badafite ubumenyi bwabatunga badashingiye ku butaka.
Ikibazo ni uko no muri ubwo buhinzi, bacye cyane babukora kinyamwuga kuko badafite ubutaka buhagije bwo guhingaho, bigatuma n’ubundi budatanga umusaruro ufatika nubwo bwitwa ko bukorwa n’Abanyarwanda benshi.
Ku rundi ruhande, ubuto bw’ubutaka bw’u Rwanda bukenewe na benshi butuma igiciro cyabwo gitumbagira, aho Raporo yo mu 2019 yakozwe n’Urugaga rw’Abakora Umwuga w’Igenagaciro k’Imitungo Itimukanwa mu Rwanda (Institute of Real Property Valuers in Rwanda, IRPV), yagaragaje ko igiciro cy’ubutaka mu Mujyi wa Kigali mu gace ka Kimironko kuri metero kare imwe, ari ibihumbi 169 Frw.
Bivuze ko nk’umuntu wahaguze ikibanza cya metero kare 300 cyo kubakamo inzu yo guturamo nk’uko amategeko agena ibipimo by’ibibanza abiteganya, yishyuye miliyoni 50.7 Frw, amafaranga atari macye mu gihugu gifite umuturage winjiza impuzandengo 819$ (ibihumbi 821 Frw) ku mwaka (2020).
Uretse kuba ubutaka bwo mu Rwanda buhenze, buri no mu bitera amakimbirane mu muryango Nyarwanda kuko Raporo y’Urwego rw’Umuvunyi yo mu 2019/2020, yagaragaje ko ibibazo by’ubutaka bigize 32.4% by’ibibazo by’akarengane uru Rwego rwakiriye muri uwo mwaka, ari na cyo cyiciro cyatanzwemo ibirego byinshi.
Uru ruhurirane rw’ibibazo rwatumye mu 2010, ubwo yarimo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, Dr. Jean Damascène Ntawukuriryayo wigeze kuba Minisitiri w’Ubuzima, avuga ko ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage ari imbogamizi ikomeye cyane, ati “Turi igihugu gito, ubwiyongere bw’abaturage nibukomeza gutya, tuzagira ikibazo kinini cyane”.
Mu kiganiro na IGIHE, Umugishwanama mu bijyanye n’ubukungu n’imari, Habyarimana Straton, yavuze ko kwiyongera kw’abaturage ari umukoro ku bukungu bw’igihugu, kuko buba bugomba kuzamuka ku muvuduko wo hejuru kugira ngo bukwire ababukeneye bose.
Yagize ati “Iyo abantu ari benshi cyane kurusha ubushobozi bw’igihugu bwo kubaha imirimo, biba ari imbogamizi kuko ba baturage badakora babeshwaho n’inkunga za Leta, ugasanga birahenze, kandi abo bantu bakabaye binjiza imisoro. Ibyo rero iyo bikomeje igihe kirekire, abaturage bashobora kwigumura bikabyara ibindi bibazo birimo umutekano mucye n’ibindi byinshi.”
Kuki Leta itashyiraho umubare w’abana ntarengwa ku muryango?
Mu 1980, Leta y’u Bushinwa yashyizeho itegeko rivuga ko umuryango ugomba kugira umwana umwe, bitewe n’ubwiyongere budasanzwe bw’abaturage bwariho muri ibyo bihe, aho umugore umwe yabyaraga abana 2.6.
Iyi gahunda yafashije kugabanya umuvuduko w’abaturage mu Bushinwa, ndetse binatuma abagore babona umwanya munini wo gukora bakiteza imbere, bigira ingaruka nziza ku bukungu muri rusange.
Mu baturage twaganiriye mu Mujyi wa Kigali, bavuze ko ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage giteye inkeke, ariko bidakwiye ko Leta igena umubare w’abana umuryango umwe utagomba kurenza.
Rukundo (amazina twayahinduye) yagize ati “Uko abaturage tuba benshi, niko birushaho kugora Leta kuko buri gihe izahora yongera ibikorwaremezo birimo amashuri n’amavuriro. Ariko nanone Leta ntiyategeka abantu kutarenza umubare runaka w’abana kuko nubwo byakunze mu Bushinwa, biragoye ko byakunda mu Rwanda kuko dufite imico itandukanye cyane. Umuco wacu utwereka ko abana ari amaboko y’umuryango.”
Iki gitekerezo cyo kubyara umwana umwe cyigeze kuganirwaho mu Nteko Ishinga Amategeko yari yatumije Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente mu 2018, maze Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Nyirarukundo Ignatienne, wari umudepite icyo gihe, avuga ko kuba Abanyarwanda bashishikarizwa kubyara umwana umwe atari ’ikinegu’.
Icyo gihe yagize ati “Ntabwo Abanyarwanda bayobewe kurera abana babo ariko n’imibare ubwayo irivugira. Kuva ku bana 5.6 ukagera kuri 4.3 mu myaka hafi 20, ni ukuvuga ngo tuzagera ku bana babiri nk’uko abantu babyifuzaga mu gihe cy’imyaka nka 60. Ntabwo dukwiye kubwira umuntu ko kubyara umwana umwe ari ikinegu.”
Kuri Mukama Abbas wari Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite, ubu akaba ari Umuvunyi Wungirije, yavuze ko ubuyobozi budakwiye gutinya kuvuga kuri iki kibazo.
Ati “Twagombye gutekereza uru Rwanda abo tuzarusigira. None se nidukomeza gutya amafaranga y’igihugu aho kugira ngo ajye mu iterambere akajya muri izo gahunda zindi bizarangira bite? Iyi gahunda yo kuringaniza imbyaro nibiba ngombwa hazafatwa icyemezo gikomeye ariko turengere igihugu cyacu […] Nibiba ngombwa hakaba n’ibihano bikorwe. Nidutinya ni twe tuzabibazwa.”
Icyo gihe Minisitiri w’Intebe yavuze ko u Rwanda rutabuza abantu kubyara abana bifuza, ati “Umuntu ubyaye yagombye kurera, nubwo Leta ifasha ariko umuntu urera wa mbere ni umubyeyi. Ababyeyi rero kurera bisobanuye ko bagira ubushobozi bugomba kugendana n’abana umuntu abyaye […] Twe nka Leta ntabwo tuvuga umubare w’abana umuntu abyara ariko twumvisha abantu ko bagomba kubyara abana bazarerwa kandi bakavamo abanyarwanda beza.
Kuri Habyarimana, kuba Leta yabuza abaturage kubyara abana barenze umwe biragoye, bitewe n’imiterere y’ubuyobozi bw’u Rwanda itandukanye n’iy’u Bushinwa kuko ishingiye kuri demokarasi, bityo abaturage bakaba bafite ubwisanzure bwisumbuye.
Yagize ati “Mu Rwanda abaturage bafite ubwigenge, kubabuza kubyara byagorana cyane bitewe n’umuco, amadini n’ibindi nk’ibyo, icyakora Leta ishobora gushyiraho ingamba zituma abaturage batabyara abana benshi binyuze mu kubigisha no guteza imbere uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagabo n’abagore.”
Muri rusange, umwaka wa 2019 warangiye Abanyarwanda 1.570.783 barimo abagabo 3.506 bifungishije burundu, bakoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro. Mu bagore bubatse, 64% bakoresha bumwe mu buryo bwo kuboneza urubyaro.
Habyarimana yangoyeho ko “Leta ikwiye gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage, ibyo nibigerwaho abaturage nta kibazo bazagira kandi ubona ko biri mu nzira nziza.”
Leta izahangana ite n’ubwiyongere bukabije bw’abaturage?
Ikibazo kibazwa kuri iyi ngingo y’ubwiyongere bukabije bw’abaturage, ni uburyo Leta iri kwitegura kuzahanga n’iki kibazo mu bihe biri imbere, ku buryo aba baturage bazayibera amaboko aho kuyibera umutwaro.
Habyarimana yavuze ko “Iyo urebye imyitwarire n’ibikorwa bya Leta, ubona ko iki kibazo cyamaze gutekerezwaho kandi kiri gushyirirwaho umurongo mu buryo burambye.”
Uyu mugabo abishingira ku ishoramari Leta iri gushyira mu rwego rw’uburezi, avuga ko ari rwo ruzatanga umwanzuro ku ngaruka z’ubwiyongere bw’abaturage.
Yagize ati “Leta iri guteza imbere uburezi kandi urebye neza ni yo nzira izatuma abaturage bagira ubushobozi bwo kwiteza imbere, bakubaka ubukungu budashingiye ku butaka, ku buryo n’umuntu utabufite atazirirwa arwana no kubugura, kuko azaba afite ubundi buryo bwinshi bwo kumutunga akoresheje ubumenyi bwe.”
Mu ngengo y’imari y’uyu mwaka (hashingiwe ku mushinga wayo), urwego rw’uburezi rwagenewe miliyari zirenga 180.5 Frw. Leta kandi imaze igihe muri gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri 22.500 azatuma ikibazo cy’umubyigano mu mashuri abanza n’ayisumbuye gicika burundu.
Habyarimana avuga ko nyuma yo gufasha abanyeshuri bose kubona uburyo bwo kwiga, “Leta ikwiye no gusuzuma ikibazo cy’ireme ry’uburezi, kuko abanyeshuri nibarangiza badafite ubushobozi bwo kwihangira umurimo cyangwa bwo gukora imirimo runaka igahabwa abanyamahanga n’ubundi nta musaruro urambye tuzabona.”
Iki kibazo na cyo kiri kuvugutirwa umuti kuko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, umushinga wo kuzamura ireme ry’uburezi bw’Ibanze hagamijwe kongera abakozi bafite ubumenyi kandi bashoboye wagenewe miliyari 25.1 Frw.
Habyarimana kandi yavuze ko kuba Leta iri kuzamura inzego zirimo ubukerarugendo n’inganda zizatanga akazi ku bantu benshi, ari indi ntambwe mu gukemura ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage, by’umwihariko ibi byanya by’inganda bikaba biri kujyanwa mu mijyi yunganira Kigali, ibizatuma abaturage bava mu buhinzi bagakora indi mirimo.
Ku rundi ruhande, Leta yamaze gutunganya igishushanyo mbonera cy’imikoreshereje y’ubutaka kigenewe kuzatuma abaturage miliyoni 22 babona aho kuba mu 2050.
Iki gishushanyo kigena ko ubuhinzi n’ubworozi buzakorerwa kuri kilometero kare 12.433, bingana na 51,5% by’ubutaka. Amashyamba yahariwe kilometero kare 7.725, bingana na 32% naho imiturire n’ibikorwaremezo bigenerwa kilometero kare 3.980 (15,1%). Amazi n’ibishanga bikomye n’imbago zabyo byihariye kilometero kare 2.200( 8,5 %).
Ubwiyongere bw’abantu n’uburyo bakoresha umutungo w’Isi, bizatuma ku itariki ya 29 Nyakanga, tuzaba tumaze gukoresha umutungo w’Isi twakabaye dukoresha mu mwaka wose, ibizwi nka ‘Earth Overshoot Day’.
Ubu bwiyongere bw’abantu n’ibyo bakenera, butuma kuri ubu Isi itakibasha kuduhaza, ku buryo ikeneye ubuso buyikubye inshuro 1.7 kugira ngo ikomeze kuduhaza. Ku ruhande rw’u Rwanda, rukeneye ubuso burukubye 1.8, kugira ngo rukomeze guhaza abarutuye nk’uko bigaragazwa na Raporo y’Ikigo cya Global Footprint Network.