Tag: featured

  • Uburyo ihuzwa ry’amasoko y’imari n’imigabane mu Karere rizihutisha iterambere ryayo – #rwanda #RwOT

    Ibi ariko si ko byagenze ku masoko y’imari n’imigabane yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba kuko uburyo bw’imikoranire hagati yayo butari bwanozwa ku buryo butangira gutanga umusaruro.

    Bimwe bibazo byagaragaye ni uko bimwe mu ibihugu byo mu Karere bifite ubukungu buto, bitemeraga ihangana ryagutse ry’amasoko y’imari n’imigabane ndetse bimwe mu bigo binini bikaba bitari bushobore kwiyandikisha kuri ayo masoko kuko akiri mato ugereranyije n’imari bikenewe.

    Guhuriza hamwe amasoko y’imari n’imigabane hifashishijwe ikoranabuhanga (East African Capital Market Infrastructure,CMI) bizagerwaho mu gice cya kabiri cy’uyu mwaka, byitezweho kuzakemura ibyo bibazo, kuko bizatuma ibigo bigira ubushobozi bwo gucuruza imigabane ku isoko ryagutse ndetse binatume iri soko rusange rigira ubushobozi bwo kwakira ibigo binini kurushaho.

    Mu rwego rwo kwitegura izi mpinduka, Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda na ryo riri kujyana n’izi mpinduka, kuko ryatangiye gucuruza imigabane n’impapuro mpeshamwenda mu buryo bw’ikoranabuhanga, aho abari bafite imigabane n’impapuro mpeshamwenda bamaze kwinjizwa muri ubu buryo bw’ikoranabuhanga, igikorwa cyatwaye iminsi ibiri gusa, cyarahoze gitwara amezi atatu.

    Iri koreshwa ry’ikoranabuhanga ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda rizatuma rigira ubushobozi bwo gukurura abashoramari bifuza kugura imigabane ndetse ryoroshye ihuzwa ry’ibikorwa byaryo n’iby’andi masoko yo mu Karere.

    Ihuzwa ry’amasoko si ikintu gishya kuko byakozwe ku Mugabane w’i Burayi, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ahandi ku Isi, kuri ubu abahanga mu masoko y’imari n’imigabane bari kurebera hamwe amahirwe arimo, imbogamizi zishobora kubonekamo n’uburyo zakemurwa n’ibindi.

    Ihuzwa ry’amasoko ni akazi katoroshye kuko kajyana n’ihuzwa ry’amategeko ya buri gihugu ndetse ni ngombwa kureba itandukaniro ry’amasoko, amategeko ayagenga muri buri gihugu, imigenzurire y’ibigo, ikorwa n’ishyirwa mu bikorwa mu bihugu bitandukanye n’ibindi.

    Ikigamijwe ni ukoroshya ihererekanya ry’imigabane ku masoko atandukanye kandi uyu mushinga ushyigikiwe n’abafatanyabikorwa bose.

    Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda riri guhuzwa n’andi masoko y’imari n’imigabane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ibyitezweho kuzakurura abashoramari

  • Abakorera mu gakiriro ka Gisozi baratabaza – #rwanda #RwOT

    Aba babaji bakorera muri iyi Koperative bavuga ko ubuyobozi bubishyuza amafaranga ku rubaho bataragurisha kandi rushobora kwangirika ntirugurwe, cyangwa igikoresho cyakorewe muri ako gakiriro nyamara nta handi biba bityo ko biri mu bibateza igihombo.

    Abanyamuryango basobanura ko amafaranga atangwa ku rubaho aterwa n’ubwoko bwarwo, aho urubaho rw’inturusu barutangira 50 Frw, ribuyu 250 Frw naho izindi zisanzwe zikishyurirwa 25 Frw akajya muri Koperative kandi akishyurwa mbere yo gucuruza.

    Gashayija Justin wigeze kuba Umuyobozi w’iyi Koperative, yabwiye IGIHE ko muri iyi koperative harimo amakosa menshi atuma ububaji budatera imbere.

    Yagize ati “Ikibazo cyabaye ni abantu bazanye ibwirizwa ry’iko buri munyamuryango yajya atanga amafaranga ku rubaho, babifashwamo n’abayobozi bo muri Leta cyane mu makoperative, mbabwira ko ari bibi kuko iyo abanyamuryango bafite umwenda ugomba kwishyurwa buri munyamuryango atanga amafaranga angana n’ay’undi. Nongeye mbabwira ko ayo mafaranga ari menshi kuruta ayo abanyamuryango bunguka bityo ko bazahomba.”

    Undi munyamuryango utifuje ko imyirondoro ye itangazwa yavuze ko uretse ayo mafaranga bakwa ku rubaho rwageze mu Gakiriro, ibarizo ryabo Koperative iritwara kandi ntibamenye aho amafaranga arengera, bityo bakabona ari ugukandamiza umurimo w’ububaji muri aka gakiriro.

    Hari n’uwavuze ko ugerageje kuvuga ikibazo gihari ahita afungirwa, bityo ko bahisemo kwinumira ariko bagasaba ko hagira igikorwa kugira ngo Koperative yabo ikomeze gutera imbere.

    Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe Imyitwarire muri Adarwa, yabwiye IGIHE ko ayo mafaranga asanzwe atangwa n’abanyamuryango kandi ko buri wese ukorera ku butaka bw’iyo Koperative agomba kuyatanga, ndetse ko ntawe ukwiye gusuzugura amabwiriza yashyizweho n’inteko rusange kuko yabihanirwa.

    Ati “Niba hari aho mwabonye hafunze ubwo ni abafite amakosa y’ibyo batujuje kandi bagombaga kuzuza.”

    Umuyobozi wa Koperative Adarwa, Cyatwa Ngarambe, na we yavuze ko amafaranga yashyizweho mu rwego rwo kwishyura umwenda bari babereyemo banki kuko inyubako ya Koperative yendaga kujyanwa muri cyamunara.

    Ati “Icyo cyemezo cyafashwe kubera impamvu imwe iremereye, Adarwa yari ifite umwenda wa BRD yafashe yubaka, rero yafashe icyemezo cyo gushyiraho umusanzu ku rubaho rugurishirizwa muri Adarwa, no ku gikoresho cyahakorewe. Indi mpamvu yumvikana ni uko hari imirimo Adarwa ikora, ….ifite abakozi kandi ibyo byose bigomba guturuka ku buzima bwayo bwa buri munsi.”

    BRD yatanze inguzanyo ingana na 70% by’amafaranga yubatse inyubako ya Koperative ADARWA iherereye ku Gisozi ahazwi ku izina ryo mu Gakiriro.

    Imibare itangwa n’ubuyobozi bwa Koperative Adarwa igaragaza ko ifite abanyamuryango 157, gusa mu gakiriro ka Gisozi aho iyi koperative ikorera hakorera abantu basaga 500 ku munsi bahashakira amaramuko.

    Agace gaherereyemo Agakiriro ka Gisozi ahakorerwa imirimo y’ububaji

  • Ku Nkombo bagiye guhabwa ibikorwa remezo birimo imihanda mishya – #rwanda #RwOT

    Ni mu ruzinduko Guverineri w’ Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Franҁois ari kumwe na Musenyeri wa Diyosezi ya Cyangugu, Edouard Sinayobye n’abahagarariye izindi nzego, bagiriye mu Murenge wa Nkombo, Akarere ka Rusizi muri gahunda yo gusura ibikorwa bitandukanye by’iterambere no gusuzuma bimwe mu bibazo abaturage bafite.

    Muri uru ruzinduko rwabaye ku wa 13 Nyakanga 2021, Guverineri Habitegeko yaganiriye n’abayobozi mu nzego zabo, abahagarariye izindi nzego zitandukanye ndetse n’abayobora Amadini n’Amatorero ku Nkombo bungurana ibitekerezo ku cyatuma imibereho y’abahatuye irushaho kuba myiza.

    Guverineri Habitegeko yabwiye IGIHE ko bitewe n’uburyo muri iki kirwa hari abaturage benshi muri buri muryango, harebwe uko bashobora kunoza ibikorwa byatuma bihaza mu biribwa bagasagurira n’amasoko bityo bikaba byakemura ikibazo cy’abana bashobora kugwingira cyangwa abashobora guta amashuri kubera amikoro.

    Ati “Twaganiriye ku guteza imbere imirimo ibatunze harimo n’ubuhinzi, ni ahantu hari ubutaka busharira ariko buramutse butunganyijwe bwatanga umusaruro wifuzwa. Ikindi navuga twaganiriye na bo ni ukwagura ubworozi cyane cyane amatungo magufi ariko hibandwa ku akenerwa ku isoko ryo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.”

    Yakomeje agira ati “Ikindi twaganiriye ni ibijyanye no kunoza uburobyi, barakora uburyobyi gakondo rimwe na rimwe umusaruro ukaba muke ariko hari uburyo twabonye bashobora kubukoramo umusaruro ukiyongera kandi bikanagabanya ibibazo by’amakimbirane yo mu ngo kuko uburyo gakondo butuma umugabo ashobora kugenda akamara igihe mu mazi akaba yazagaruka agasanga hari ibibazo mu rugo birimo no gucana inyuma.”

    Mu byagaragajwe nk’ibikibangamiye iterambere ry’abatuye Nkombo harimo kuba baravuze ko badafite umuhanda ugera ku isoko rya Nkanka, undi ugera aho bambukira ndetse n’Ikigo Nderabuzima cya Nkombo kidafite abakozi bahagije.

    Guverineri Habitegeko yavuze ko binyuze mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi, hagiye guhita hakorwa inyigo ku buryo muri Nzeri uyu mwaka iyi mihanda ibiri izaba yatangiye gukorwa.

    Ati “Ntabwo ari umuhanda muremure kuko yose uyiteranyije ntabwo igera mu birometero 10. Twemeranyije n’ubuyobozi ko hakorwa inyigo noneho mu ngengo y’imari y’umwaka utaha nko muri Nzeri ukaba wakorwa.”

    Ku Kigo Nderabuzima cya Nkombo hakorera abaganga batanu, abaturage bakaba bavuga ko ari bake cyane ugereranyije n’umubare w’abaturage bahari. Ni ibintu Guverineri Habitegeko avuga ko ari ikibazo kandi hagiye gushakishwa uburyo bafashwa kubona abandi baganga baza kunganira abahari.

    Muri uru ruzinduko, Musenyeri wa Diyosezi ya Cyangugu, Sinayobye Edouard yaboneyeho umwanya wo kuganira n’aba baturage bo ku Nkombo abizeza ko Amadini n’Amatorero yiteguye gukomeza gufatanya n’inzego za Leta mu gukomeza gushaka icyateza umuturage imbere kuko amajyambere ya Roho n’Umubiri bigomba gukomeza kujyana.

    Abaturage bo ku Nkombo nabo bahawe umwanya batanga ibibazo, ibyifuzo n’ibitekerezo bibanda ku bigikoma mu nkokora iterambere ryabo

    Guverineri Habitegeko yijeje abo ku Nkombo gukomeza kubafasha mu kuzamura imibereho myiza yabo

    Musenyeri Sinayobye yijeje ubufasha abatuye Ikirwa cya Nkombo

  • Umujyi wa Kigali ugiye guca undi muvuno ku kibazo cyo guhora inyuma mu mitangire ya mituweli – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije mu Karere ka Kicukiro, Rukebanuka Adalbert, yemeza ko hari ingamba zafashwe nyuma yo kugirira urugendoshuri mu Karere ka Gisagara kari mu twa mbere twitwara neza mu kwishyura umusanzu wa mituweli.

    Ati “Tugira ikibazo cy’abantu bahora bimuka bigatuma imibare ihora ihindagurika, twarisuzumye dusanga imbaraga dushyira mu bukangurambaga zidahagije. Twasuye Akarere ka Gisagara kandi twavanyeyo amasomo menshi, harimo ibimina no guha ba mudugudu inshingano zo kwita ku kwishyura mituweli. Twe twiyemeje ko bijya mu bakuru b’amasibo kandi twizeye ko bizatanga umusaruro.”

    Yongeyeho ati “Twatangiye gukora igerageza ku byo twize, twakoreye mu mirenge ya Gikondo na Gahanga kandi umusaruro warabonetse, kugeza ubu ni bo batumye umwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2021-2022 tugeze hejuru ya 23%, buri cyumweru tuzajya twisuzuma aho tugeze mu gutanga umusanzu.”

    Umukozi w’Akarere ka Gasabo Ushinzwe Ubukangurambaga bwa Mituweli, Banamwana Yvonne, yavuze ko bihaye intego yo gukora urutonde rw’uko imirenge n’utugari bihagaze mu bwitabire, abari hasi bakanengwa, ibi bikajyana no kwegera abaturage mu tugari no gukora ubukangurambaga.

    Ati “Uburyo bwo kwishyura twabwegereje abaturage mu tugari, abakozi ba SACCO na Irembo basanga abaturage aho bari batiriwe bakora urugendo rurerure. Imirenge yacu yo mu nkengero z’Umujyi twatangijemo ibimina mu rwego rwo gufasha abaturage kwizigamira umusanzu wabo hakiri kare.”

    Yakomeje agira ati “Mu ngamba dufite harimo n’ubukangurambaga, aho twifashisha imbuga nkoranyambaga. Abakangurira abantu kwirinda Covid-19 twabongereyemo inshingano yo gushishikariza abantu kwishyura mituweli vuba, ubu tugeze kuri 33% nyuma y’iminsi irindwi umwaka utangiye, kandi intego ni ukugera mu mpera z’uku kwezi turi kuri 50%.”

    Uturere tw’Umujyi wa Kigali duhuriza ku mbogamizi y’abaturage bumva ko bafite ubushobozi bwo kwivuza batiriwe bakenera mituweli, bugasaba abo baturage kumva ko mituweli ari ingenzi kuko umusanzu batanga ufasha Leta mu kuvuza abandi.

    Umuyobozi muri RSSB, Ushinzwe Ubukangurambaga no Kwandika Abanyamuryango ba Mituweli, Ntigurirwa Deogratias, yasabye Abanyarwanda kumva neza akamaro ko kwishyura mituweli.

    Ati “Abayobozi bakwiye kwegera abaturage bakabashishikariza gutanga umusanzu. Abaturage bakwiye kumva ko ari bo bifitiye akamaro kwishyura mituweli, ntibitwaze Covid-19 kuko kwishyura byaroroshye bakoresheje ikoranabuhanga binyuze ku Irembo na MobiCash, bazirikane ko urwaye Covid-19 mituweli ikora mu buvuzi bwayo.”

    Mu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza 2016-2017, mu turere dutanu twa nyuma mu gutanga mituweli, harimo kamwe ko mu Mujyi wa Kigali ka Nyarugenge kari ku mwanya wa nyuma, abatanze mituweli bari ku kigero cya 56%. Ubwitabire mu gihugu hose bwari kuri 84%.

    Umwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2018-2019, Abanyarwanda bangana na 78.5% ni bo bishyuye mituweli.

    Ni mu gihe mu mwaka wa 2019-2020, kugeza muri Gicurasi 2020, Abanyarwanda bangana na 79.6% ari bo bari bamaze gutanga ubwisungane mu kwivuza, aho hari hiyongereyeho 1.1% ugereranyije n’umwaka wabanje.

    Mu 2020-2021, kugeza tariki ya 23 Kamena 2021, mu gihugu hose ubwitabire bwari kuri 85.9%, Umujyi wa Kigali wari inyuma na 79%, Kicukiro yari iya nyuma na 75.2%, Nyarugenge na 80.1% na Gasabo ifite 80.4%, ibi bigashyira uturere tw’umujyi wa Kigali muri dutanu twa nyuma mu kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

    Kugeza ubu umwaka w’ubwisungane mu kwivuza 2021-2022 umaze iminsi mike utangiye, Akarere ka Gisagara ni ko kari imbere na 66.82%, kakaba kamaze imyaka ibiri kaza ku isonga mu gutanga mituweli, aka nyuma ni Kicukiro kageze kuri 23%, Gasabo ikagira 33%.

    Umujyi wa Kigali wafashe ingamba zizatuma abatanga mituweli biyongera

  • Umunyeshuri wa UR yasanzwe mu nzu yapfuye – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Nyakanga 2021, ahagana mu saa Tanu z’amanywa nibwo nyakwigendera yasanzwe yapfiriye mu nzu yari acumbitsemo mu Mudugudu wa Kinihira, Akagari ka Barinja, Umurenge wa Nyagatare nyuma yo kubona atabyuka uko byari bisanzwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagatare, Ingabire Jenny, yahamije ko aya makuru ari impamo, yongeraho ko isuzuma rikomeje harebwa icyateye urupfu rwe.

    Ati “Nta burwayi buzwi yari asanganywe uretse amakuru y’impanuka twahawe na bagenzi be baturukanye iwabo mu Karere ka Burera, kuko yari asanganywe n’ikibazo cy’ijisho. Icyamwishe ntiturakimenya kuko kuri uyu wa Gatatu nibwo umurambo we ujyanwa i Kigali gusuzuma icyamwishe.”

    Umuyobozi w’Abanyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyangatare, Ninsima Elia, yavuze uburyo bamenye aya makuru yo kwitaba Imana kwa mugenzi wabo.

    Ati “Amakuru twayamenye mu ma saa Tanu, abanyeshuri bagenzi be babanaga mu gipangu kimwe ngo bakomeje kumva telefone isona, nibwo baje kubwira nyir’inzu bica urugi basanga aryamye yubamye yavuye amaraso, nibwo twatabaje ubuyobozi harimo na RIB, gusa yari asanganywe uburwayi bwatumaga yitura hasi.”

    IGIHE yifuje kumenya iby’uko nyakwigendera yari asanganywe uburwayi butuma yitura hasi, ivugisha umuvandimwe wa nyakwigendera wavuze ko yari asanzwe agira ikibazo cy’isereri yaterwaga n’impanuka yakoze.

    Ati “Mu mwaka wa 2020 yakoze impanuka ya moto ariko bimusigira uburwayi, yajyaga agira ibibazo by’isereri, hari n’imiti yajya ajya gufata kwa muganga imufasha, nta bundi burwayi yari afite uretse iyo mpanuka yakoze”.

    Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Nyagatare, Dr. Ntawubizi Martin yasabye abanyeshuri bicumbikira kujya bareba bagenzi babo bakabana.

    Ati “Nibyo uyu munyeshuri yasanzwe yitabye Imana, icyamwishe natwe ntitwagihamya kuko isuzuma riracyakorwa. Dufite ikibazo cy’amacumbi y’ishuri atatwemerera gucumbikira abanyeshuri bose, gusa ababa muri za geto tubasaba kuba bajya bashaka abo babana kuko bifasha gutanga amakuru iyo habaye impanuka nk’iyo, gusa nyakwigendera yabanaga na mugenzi we nuko yari yaratashye”.

    Habayintwali Valens yitabye Imana ku myaka 30, akaba yari umwe mu bigaga ku nguzanyo ya leta yagenewe abarimu mu rwego rwo kubongerera ubumenyi. Yakomokaga mu Karere ka Burera, Umurenge wa Nemba.

    Umurambo wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Nyagatare, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Nyakanga 2021, ujyanwa i Kigali gukorerwa isuzuma, ngo hamenyekane icyamwishe.


  • WASAC igiye kubyazwamo ibigo bibiri – #rwanda #RwOT

    Ni bimwe mu byo yasobanuye ubwo yitabaga Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa 13 Nyakanga 2021 kugira ngo atange ibisobanuro ku bibazo byisubiramo muri iki Kigo hamwe n’igishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) birimo iby’imiyoborere, imicungire y’imari n’umutungo, imitangire y’amasoko itanoze n’ibindi.

    By’umwihariko muri WASAC, ibi bibazo n’amakosa byagaragaye mu myaka itanu ikurikiranye uhereye mu 2014/2015 kandi ubuyobozi bwagirwa inama n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, bukazubahiriza bya nyirarureshwa.

    Mu bijyanye n’ibaruramari hagaragaye intege nke mu kurinoza nk’uko biboneka mu isesengura rya Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye kuwa 30/06/2019, aho iki kigo kitigeze kibasha kubahiriza amategeko n’amabwiriza mu micungire y’imari n’umutungo by’igihugu mu myaka itanu ikurikiranye.

    Ibi bisobanurwa n’ikinyuranyo kingana na 867.405.591 Frw kitabonewe ibisobanuro cyagaragaye hagati y’amafaranga WASAC yari ifite ku wa 01/07/2017 angana na 100.396.400.115 n’ayari ari mu bitabo by’ibaruramari ry’umwaka warangiye ku wa 30/06/2017 angana na 99.528.994.523 Frw.

    Hari kandi ikinyuranyo kingana na 11.401.377.994 Frw cyagaragaye hagati y’amafaranga yagaragajwe na raporo y’ibaruramari ya WASAC angana na 25.731.472.760 Frw n’ayagaragajwe na raporo yatanzwe n’ishami ry’Iterambere muri WASAC angana na 14.330.094.766 Frw ku byerekeye amafaranga yubakishijwe imiyoboro y’amazi mu turere.

    Mu bindi bibazo byabajijwe Minisitiri Gatete harimo iby’imicungire y’inganda zitunganya amazi zikora ku kigereranyo kiri hasi ugereranyije n’ubushobozi bwazo bigatuma abakeneye amazi batabasha kuyabona.

    Izo nganda ni Nzove I, Nzove II na Nzove III, buri ruganda rukaba rwaragombaga gutanga metero kibe ibihumbi 40 ku munsi kuva zubakwa nyamara zikaba zikora ku gipimo kiri hagati ya 41% na 49% by’ubushobozi bwazo.

    WASAC izavamo ikigo gishinzwe imishinga n’igishinzwe ubucuruzi

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yavuze ko ibibazo byo muri WASAC bimaze igihe kirekire ndetse na Guverinoma yakomeje kubikurikirana, ishyiraho n’itsinda ry’abagenzuzi kugira ngo imenye igituma impinduka zinanirana.

    Yavuze ko iki kigo gifite amashami abiri; irishinzwe imishinga y’iterambere n’irifite inshingano zijyanye n’ubucuruzi bw’amazi.

    Nk’ikigo cy’ubucuruzi ngo cyagombye kuba gikoresha uburyo bwo gutanga raporo y’imicungire y’umutungo bwo ku rwego mpuzamahanga. Ibi kandi ngo niko byakagombye kugenda hakurikijwe ko gishyira mu bikorwa imishinga iterwa inkunga na leta.

    Nyamara guhuza iyo mibare byagoye WASAC kubera ubushobozi buke yari ifite ikimara gutandukana na EWSA ari na ho hagiye hagaragara amakosa atwara igihe ngo akosorwe.

    Amb. Gatete yavuze ko ibi birimo kwigwaho kandi basanze ari byiza ko WASAC yavamo ibigo bibiri, igishinzwe ibijyanye n’imishinga y’iterambere n’igishinzwe ubucuruzi bw’amazi nk’uko byatanzwemo inama n’iryo tsinda ry’abagenzuzi.

    Ati “Kuba ari cyo kigo cyonyine gitanga amazi mu gihugu, ntabwo bishimishije. Tugomba gukora ibishoboka byose ngo gikore nk’ibindi bigo, nta kintu bakeneye tutabafasha.”

    Mu bindi byateye amakosa mu micungire y’umutungo harimo gukoresha ‘systèmes’ nyinshi zidafite aho zihurizwa. Mu gihe byaba bikimeze gutyo ngo amakosa ntiyabura nk’uko Amb. Gatete yakomeje abisobanura.

    Ati “Izo ‘systèmes’ zitavugana, ntabwo amakosa yabura. Ubu rero ni ibyo turimo dukemura. Mu kwezi kwa 12 tuzaba dufite ‘système’ izihuza zose nta hantu wabona ikosa ryakozwe n’umuntu.”

    Ku bijyanye n’imicungire itanoze y’amazi ituma hari menshi apfa ubusa, Amb. Gatete yabwiye abadepite ko biterwa n’ibibazo bya tekinike mu miyoboro nk’amatiyo ashaje, amatiyo mato cyane atuma amazi adashobora kugera aho agomba kujya ndetse n’ibya mubazi zidakora neza kubera ko zishaje, bikarangira hakozwe fagitire zitari zo. Rimwe habaho kwiyiba (WASAC) ubundi hakabaho kwiba abafatabuguzi.

    Minisitiri Gatete yijeje ko hari gahunda yo gusimbuza imiyoboro ifite ibikoresho bitujuje ubuziranenge aho mu Mujyi wa Kigali ibirometero 568 ari byo bigomba gusimburwa naho mu ntara by’umwihariko mu mijyi yunganira Kigali hakazasimbuzwa ibirometero 1112, ibikorwa bigomba kuba byarangiye mu Ukuboza uyu mwaka.

    Ibi bigomba kujyana no gusimbuza mubazi zishaje kuri ubu hakaba hamaze guhindurwa izigera ku 13 879.

    WASAC yanagaragayemo icyuho mu micungire y’ibikoresho aho nk’ibifite agaciro ka 1.524.876.328 Frw byasanzwe mu bubiko bidakoreshwa.

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yabwiye Abadepite ko hari gukorwa ibishoboka ngo ibibazo bivugwa muri iki kigo bikemuke

    Minisiti Gatete yabwiye abadepite ko kuri ubu ibyinshi byatangiye gukoreshwa, ibisigaye bishyizwe ku isoko bibura umuguzi kuko byari bivanze ariko ngo byaravanguwe, bityo hakaba hari icyizere ko nibyongera gushyirwa ku isoko bizagurishwa. Ibi birimo iby’amazi, iby’amagaraji n’ibyo mu biro.

    Muri miliyoni 12 z’Abanyarwanda habuzemo abo kujya mu nama y’ubutegetsi ya WASAC?

    Mu bibazo bikomeza kuzonga imiyoborere ya WASAC harimo kuba imaze imyaka ibiri idafite abagize inama y’ubutegetsi. Abadepite babajije Minisitiri Gatete icyaba kibiri inyuma.

    Depite Bizimana Minani yagize ati “Usanga abayobozi bakuru gufata ibyemezo bibagora cyangwa igafata ibyemezo ubona bitari mu mucyo, aho usanga imishahara itangana, abakozi batazamurwa mu ntera, byatume imikorere y’abakozi nta washidikanya ko yagenze nabi.”

    Yakomeje avuga ko kutagira abayobozi ari byo nyirabayazana w’ibibazo bikomeza kugaragara birimo n’imicungire mibi y’umutungo.

    Ati “Gushyiraho inama z’ubuyobozi bisaba ko Minisiteri ibigiramo uruhare. Ndashaka kubaza Minisitiri niba muri miliyoni 12 z’abanyarwanda harabuzemo abafite ubumenyi mu by’amazi ku buryo bajya mu nama y’ubuyobozi.”

    Minisitiri Gatete yavuze ko nta byinshi yavuga kuri iki kibazo usibye ko leta izayishyiraho vuba.

    Abadepite bahuye hakoreshejwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda Covid-19

  • Gisagara: Barinubira kutishyurwa ibyabo byangijwe n’ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barasaba kwishyurwa ibyabo byangijwe n
    Barasaba kwishyurwa ibyabo byangijwe n’ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi

    Mu binubira kuba bamaze igihe bategereje kwishyurwa, harimo abatuye mu Kagari ka Bweya ho mu Murenge wa Ndora, bavuga ko umwaka ushize bategereje kwishyurwa ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

    Umwe muri bo agira ati “Baraje batwangiriza imyaka, hanyuma baratubarira, bakajya batubwira ngo amafaranga araje, ukwezi kugashira, bakakubwira ngo muzagaruke mu gutaha, bakatwohereza ku bashinzwe ubutaka no kuri SACCO tukavayo, bakatubwira ngo mwihangane, twaheze mu gihirahiro”.

    Abafite icyo kibazo mu Kagari ka Bweya honyine ngo bagera kuri 30. Harimo abavuga ko babariwe ibihumbi bibarirwa muri 70, ariko hari n’uvuga ko bamurimo ibihumbi 300.

    Bose bavuga ko ikibababaza kurusha ari uko hari bagenzi babo bishyuwe, babwirwa ko haherewe ku bagombaga kwishyurwa makeya, ariko bo bakaba bakomeje gusiragizwa.

    Muri iki gihe abantu barimo kwishyura amafaranga ya mituweri, barushijeho gutekereza ku byabo byangijwe, kuko bari biteze ko igihe cya mituweri kizagera baramaze kwishyurwa bakabasha kuyabona biboroheye, none na n’ubu ngo biracyabakomereye.

    Uwitwa Innocent agira ati “Tumaze umwaka urenga twirukanka kuri ariya mafaranga, duhangayikishijwe n’abashaka amafaranga ya mituweri batumereye nabi. Baraza waba uragiriye umuturage agatungo bakagatwara, ngo wishyure mituweri. N’ubu tuvugana bantwariye ingurube kandi ni iy’umuvandimwe wanjye, si iyanjye”.

    Mu Murenge wa Gishubi ho hari abavuga ko bategereje kwishyurwa imyaka ikaba igiye kuba itatu.

    Uwitwa Habyarimana agira ati “Bishyuye abantu mu cyiciro cya mbere, nta yandi mafaranga yongeye kugaruka, kandi abenshi ni abatarayabona”.

    Laurent Rutazigwa ushinzwe iby’ingurane muri REG, avuga ko muri Gisagara hari amafishi 3500 bagombaga kwishyura kandi ko bamaze kwishyura 3309, ni ukuvuga 94.5%.

    Bakeya basigaye ahanini ngo ni ukubera kutuzuza ibyangombwa bisabwa biba birimo kopi y’indangamutu, kopi y’icyangombwa cy’ubutaka, na kopi y’agatabo ka Banki.

    Ati “Ndimo ndatekereza nti wenda abo baba bari muri ba bandi batujuje ibya ngombwa bisabwa. Turimo gukorana n’umugenagaciro kugira ngo asubireyo, kugira ngo muri iki gihembwe cya mbere cy’ingengo y’imari na bo bishyurwe. Gusa hari igihe asubirayo umuturage yabona azishyurwa ibihumbi 20, akanga kwirirwa afunguza konti ku bihumbi 10”.

    Ku rundi ruhande ariko, ngo mu bavuga ko babarimo amafaranga harimo abo usanga byari biteganyijwe ko ibikorwa bizanyuzwa mu mirima yabo hanyuma ntibihanyuzwe, usanga bakibara mu bagomba kwishyurwa kandi atari byo.

    Na none kandi, kubera ko ngo hishyurwa abafite ibikorwa ahanyujijwe insinga z’umweru zo ku miyoboro minini, ngo hari ababa mu kwabo hanyujijwe iz’umukara zibazanira amashanyarazi mu ngo, bakibwira ko bazishyurwa nka bagenzi babo kandi atari byo.