Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe ni 1,341.


source : https://ift.tt/3xscSEr
Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe ni 1,341.


source : https://ift.tt/3xscSEr
Ibi byagarutsweho n’itsinda ry’abashoramari bagera kuri 17 bari mu Rwanda baturutse muri Angola, aho bagiriye urugendo rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kurwigiraho no gushaka amahirwe y’ishoramari. Uru rugendo rwasojwe ku wa 20 Ugushyingo 2021.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera muri Angola, Isabel E. Soares da Cruz, yavuze ko babonye amahirwe menshi y’ishoramari mu Rwanda mu nzego zinyuranye, zirimo ubuhinzi n’ubworozi, ikoranabuhanga ndetse no guteza imbere inganda.
Yavuze ko ku ikubitiro basinye amaserano n’uruganda rukora telefoni mu Rwanda rwa Mara phones agamije kugurisha ibikoresho byatunganyijwe n’urwo ruganda muri Angola.
Yagize ati “Nibyo twasinye amazezerano na Mara Phones, twishimiye gukorana imishinga y’iterambere n’u Rwanda kubera ko intambwe Perezida Kagame akomeje gutera ari nziza. Dushimishijwe n’iterambere u Rwanda rwagezeho kandi twifuza ko twabigeza no muri Angola.”
Izi telefoni zari zisanzwe zicuruzwa muri Afurika y’Epfo.
Perezida Wungirije w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Eric Gishoma, yagaragaje ko urugendo rw’iminsi umunani aba bashoramari bagiriye mu Rwanda ruzabyara inyungu nyinshi.
Mu minsi igera ku munani bamaze mu Rwanda, abo bashoramari beretswe amahirwe atandukanye y’ishoramari, basura aho basuye inganda nka Volkswagen na Mara Phones.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ibikorwa by’Ishoramari mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Philip Lucky, yavuze ko gusinyana amaserano na Mara Phones bigiye gufungura amarembo no kongera ibyoherezwa mu mahanga.
Ati “Amasezerano bagiranye na Mara Phones agamije gucuruza ibicuruzwa byayo muri Angola, noneho bakazanashinga nk’icyo twakwita ishami kugira ngo bazajye bacuruza telefoni zayo. Twumva ari igikorwa cyiza cyo kugira ngo twagure ibikorwa byacu mu mahanga.”
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere mu Rwanda narwo rubinyujije kuri Twitter rwashimangiye ko Mara Phones yasinyanye amasezerano na Sosiyete yo muri Angola yitwa MISALE company igamije kuzajya icuruza ibicuruzwa byayo muri icyo gihugu.
source : https://ift.tt/3DP0gcZ
Iyi buruse yitezweho kugabanyiriza ababyeyi umutwaro bari bafite wo kwishyurira abana amashuri, kubagurira impuzankano, ibitabo n’amafaranga y’urugendo.
Impamvu nyamukuru yo gushyiraho gahunda ya buruse ni uko Skol igamije kubakira ubushobozi urubyiruko rw’u Rwanda by’umwihariko abana b’abakozi bayo binyuze mu kugira uruhare mu burezi.
Ibisabwa kugira ngo umukozi wa Skol Brewery yemererwe inguzanyo y’umwana we ni uko agaragaza icyemezo cy’uko umwana we yandikishijwe mu ishuri runaka ryo mu Rwanda ariko ritari mpuzamahanga, ndetse no kugaragaza urupapuro ruriho ibyo umunyeshuri asabwa ku ishuri.
Abakozi babyifuza bashobora kuzuza inyandiko y’ubusabe bwabo bukazasuzumwa nyuma buruse zigatangwa hagendewe ku bujuje ibisabwa.
Imwe mu ntego za Skol Brewery ni uguteza imbere imibereho myiza y’abakozi bayo n’imiryango muri rusange kandi bizeye ko iyi gahunda ya buruse izabafasha mu kubigeraho.
Biteganyijwe ko muri uyu mwaka wa mbere, Skol Brewery yazatangirana no kwishyurira nibura abana 50 mu mashuri yisumbuye, ay’imyuga n’ubumenyingiro.
source : https://ift.tt/3nMyqII
Ibi yabibasabye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ubwo yatangizaga amahugurwa ahuriwemo n’abajyanama 459 baherutse gutorerwa kwinjira mu nama njyanama z’uturere, buri Karere hakaba haratowe abajyanama 17 bavuyemo komite nyobozi z’uturere na biro ziyobora njyanama.
Aya mahugurwa ari kubera mu ishuri rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana bikaba biteganyijwe ko azasozwa tariki ya 29 Ugushyingo.
Minisitiri Gatabazi yavuze ko aya mahugurwa yateguwe kugira ngo aba bayobozi basobanurirwe imiyoborere y’u Rwanda ndetse buri umwe asobanurirwe inshingano ze kugira ngo atangire akazi azizi neza.
Yakomeje agira ati “Intego y’imiyoborere tugenderaho ni ugushyira umuturage ku isonga, kugira ngo tubashe kumuteza imbere. Twahuriye hano mu mahugurwa kugira ngo mubashe kumva neza inshingano mwatorewe.”
Yakomeje abasaba kwereka abaturage urukundo n’icyizere, ati ” Turifuza ko muba abayobozi bafite urukundo; urukundo rwubaka icyizere, nacyo kikubaka ubufatanye, ubufatanye bugafasha kugera ku ntego.”
Biteganyijwe ko aba bayobozi bazigishwa amasomo atandukanye arimo amateka y’u Rwanda n’imiyoborere yimitswe, amasomo ajyanye n’uburyo bugenda bwubakwa mu miyoborere na demokarasi, imikorere n’imikoranire y’inzego, imiyoborere n’imicungire y’umutungo, ndetse no kurebera hamwe uburyo imiyoborere yagiye yegerezwa abaturage.
Muri aya mahugurwa hazifashishwa abayobozi b’uturere bacyuye igihe mu gusobanurira abashya ubunararibonye bakuye mu nzego z’ibanze, ndetse hakazanifashishwa abandi bayobozi batandukanye n’abafite ubunararibonye mu miyoborere y’u Rwanda.
Minisitiri Gatabazi avuga ko amahugurwa nk’aya azakomeza kubaho mu rwego rwo gufasha abayobozi bo mu nzego z’ibanze kwimakaza imiyoborere myiza bashyira umuturage ku isonga.
source : https://ift.tt/3nJGppY
Amanota yatangajwe ku wa 15 Ugushyingo 2021, arimo ay’abanyeshuri basoje Umwaka wa Gatandatu w’ayisumbuye (S6), uwa Gatatu w’Inderabarezi (TTC) n’uwa gatanu w’ay’Imyuga n’Ubumenyingiro (L5).
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu y’ubumenyi rusange abakoze ibizamini ari 47.399. Muri bo hatsinze 85,3%, naho 14,7% ntibagira amanota fatizo.
Mu mashuri Nderabarezi hakoze 2.988, hatsinda 99,9%. Ni mu gihe mu y’Imyuga n’Ubumenyingiro hakoze 22.523, hagatsinda 95,7% naho 4,3% ntibageze ku manota fatizo.
Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bahati Bernard, yabwiye IGIHE ko kuva ku wa 16 Ugushyingo 2021 (nyuma y’umunsi amanota atangajwe), hamaze kwakirwa ubusabe bw’abanyeshuri 917 bifuza kongera kubarirwa amanota.
Barimo 533 basoje S6, 376 barangije muri TVET na 18 barangije muri TTC.
Muri abo bose, abagera kuri 470 bamaze gusubizwa kandi “nta kibazo na kimwe cyagaragayemo”.
Dr Bahati yakomeje ati “Ni gake cyane dusubiramo tugasanga amanota y’umunyeshuri afite ikibazo. Kugeza ubu muri abo bose mvuze nta kibazo kiragaragara.”
Kugeza mu 2008, Ibizamini bya Leta byakosorwaga ikayi y’umunyeshuri irebwamo n’umwarimu umwe. Nyuma y’uwo mwaka, hashyizweho uburyo bushya, ahakoreshwaga umwe hashyirwa abari hagati ya batanu n’umunani.
Ni ukuvuga ko buri kayi y’ibisubizo y’umunyeshuri umwe, ikosorwa n’umwarimu akayiha mugenzi we akareba ko ntaho yibeshye, bakayihererekanya kugeza ku wa karindwi.
Mbere y’ikosora, baba barateguwe binyuze mu bizamini bakoreshwa kugeza aho bose basa n’abageze ku rwego rumwe kuko ntibakosora ibyo batabasha gutsinda.
Dr Bahati yavuze ko iyo hari abagize amanota make bakomeza gukoreshwa ibizamini kugeza bose bagize angana 99%, hanabamo ikinyuranyo kikaba gito cyane.
Hiyongeraho kandi ko guha abo barimu icyagereranywa no “kumenyereza abakosozi” aho bitoreza ku makayi y’ibizamini byarangiye kera.
Ibyo bituma iyo bakosora abanyeshuri batanyuranya ku manota bagenera ibisubizo byabo hanirindwa ko habaho amarangamutima yaganisha ku kubogama.
Kuri iyo ngingo ho binagirwamo uruhare no kuba kugeza igihe ikosora rirangirira amazina y’umunyeshuri aba agipfukiranye abarimu batayabona.
Ikosora rirangiye, haba hari itsinda ry’abagenzuzi rishinzwe kureba ko amanota yemejwe bwa nyuma ari yo koko.
Dr Bahati yavuze ko nyuma y’iryo genzura ari bwo amazina y’umunyeshuri agaragazwa kuko amanota aba agiye kwandikwa ku mafishi.
Akurwa kuri ayo mafishi ashyirwa muri mudasobwa, akaba ariho ashyirirwa mu byiciro (grades) hifashishijwe inyuguti (A, B, C,D,E,F na S).
Ibyo iyo birangiye amanota asohorwa ku mpapuro “abantu bakongera gusubiramo bakareba ko nta kibazo kirimo”.
Iyo amaze kwemeranywaho, ni bwo hakorwa “aggregates”.
Dr Bahati yagize ati “Urwo rugendo binyuramo rwose ruduha icyizere ko ikosora dukora ryizewe kandi rinyura mu mucyo ku buryo n’iyo ryasubirwamo nta mpinduka [nini] zaba.”
Ibyo kwereka abanyeshuri amakayi y’ibisubizo yabiteye utwatsi…
Ashingiye ku ruhererekane binyuramo kuva ikayi y’umunyeshuri itangira gukosorwa kugeza yandikiwe amanota, Dr Bahati yavuze ko icyo kuba abanyeshuri bifuza gusubirishamo amanota batekereza kwerekwa amakayi y’ibisubizo yabo “kidashoboka”.
Ati “Uramutse ubonye amanota wagize mu isomo runaka n’ubundi nta gisubizo byaguha ku manota ya nyuma kuko ntuba usobanukiwe inzira byanyuzemo kugira ngo aya nyuma aboneke.”
“Ikindi abakosora ni itsinda rigari. Nitwereka umunyeshuri ikayi, ashobora kuvuga ati ‘ese hano ko mbona ari byo [mukaba mutarahampereya amanota]’. Icyo gihe byasaba ko tujya kuzana rya tsinda ryamukosoye ngo rimusobanurire.”
Yashimangiye ko abanyeshuri bose bazatanga ubusabe buzakirwa ariko hakongera gusuzumwa ko amanota yanditswe ku mafishi ahura n’ayo muri système ya mudasobwa gusa.
Yemeje ko muri uyu mwaka ari bwo hakiwe ubusabe bwa benshi bashaka gusubirishamo amanota yabo.
Akeka ko byatewe no kuba ibizamini byarakuwe mu bigo bitandukanye bigahurizwa muri kimwe no kuba Abaturarwanda bamaze gusobanukirwa uburenganzira bwabo ariko n’amakuru ku nzira ikosora rinyuramo akaba ataramenyekana.
Yasabye ababyeyi,abarezi n’abanyeshuri kwirinda igitutu icyo ari cyo cyose kuko kugira amanota make cyangwa atakunyuze bidasobanuye gukosorwa nabi.
Gusaba kongera kubarirwa amanota binyuzwa mu busabe bwoherezwa kuri email ya [email protected] cyangwa ugasura Icyicaro cya NESA.
Kuva mu 2008 bikorerwa ubuntu mu gihe mbere umunyeshuri yasabwaga kwishyura 5.000 Frw kugira ngo ahabwe iyo serivisi.
source : https://ift.tt/30XQeYO
Mu ntangiriro z’iki Cyumweru, nibwo Papa Francis yakiriye Mushikiwabo i Vatican. Ibiganiro by’aba bombi byagarutse ku buryo habaho ubufatanye mu gufasha abaturage ba Haiti na Liban.
Ibi bihugu bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF muri iyi minsi byugarijwe n’ibibazo bikomeye bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage na Politiki.
Abinyujije kuri Twitter, Louise Mushikiwabo yashimiye Papa Francis wamuhaye umwanya wo kuganira, avuga ko ari umugabo urangwa n’ubumuntu ndetse amusabira umugisha ku Mana.
Je suis infiniment reconnaissante au Saint-Père pour le temps précieux qu’il m’a accordé; un homme d’une générosité et d’une simplicité désarmantes. Que Dieu continue de le bénir abondamment!! https://t.co/0iEXOBaAEU
— Louise Mushikiwabo (@LMushikiwabo) November 23, 2021
Si ubwa mbere Louise Mushikiwabo agiriye uruzinduko i Vatican ndetse akakirwa na Papa Francis kuko mu 2017 yari mu bagize itsinda ryaherekeje Perezida Paul Kagame, ubwo yagiranaga ibiganiro n’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi. Icyo gihe Louise Mushikiwabo yari akiri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda.

source : https://ift.tt/3cH3enS
Aba bayobozi kimwe n’abandi 459 baherutse gutorwa, bari bambaye impuzankano ya Polisi y’u Rwanda bitewe n’uko aya mahugurwa ari kubera mu Kigo cya Polisi, bityo bikaba byari ngombwa kugira umwambaro uhuriweho Polisi isanzwe ikoresha mu gutanga amahugurwa.
Ibi kandi bisa nk’uko byari byagenze ubwo uyu mwiherero uheruka kubaho, kuko icyo gihe abayobozi bari bambaye impuzankano yambarwa n’igisirikare cy’u Rwanda, bitewe n’uko uwo mwiherero wari wabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro.
Abayobozi bari gutorezwa mu Kigo cya Gishari, bari kwigira hamwe Gahunda zirimo kumenya imikorere n’imikoranire y’inzego z’ibanze, kugira ngo mu gihe batangiye inshingano batorewe, bazabe bazi imikoranire n’izindi nzego.
Bari kuganira kandi ku buryo aba bayobozi bazajya bakorana n’abafatanyabikorwa mu kuzamura imibereho y’umuturage, ndetse no kurebera hamwe umurongo wa politike igihugu kigenderaho n’inshingano za buri umwe n’uburyo zuzuzanya n’iza mugenzi we.
Aba bayobozi kandi bazerekwa uko urugamba rwo Kubohora Igihugu rwagenze n’uburyo hakurikiyeho urugamba rwo guteza imbere umuturage, ari narwo rugamba aba bayobozi batorewe kurwanamo.

source : https://ift.tt/3nKAXmM
Iyi nama yitabiriwe n’abaperezida 12 b’Inteko Zishinga Amategeko, iteraniye muri Kigali Convention Centre kuva ku wa 17 kugeza ku wa 28 Ugushyingo 2021.
Yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abagize Guverinoma n’abandi.
Iyi nama irafungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame; ifite insanganyamatsiko igaruka ku kamaro k’Inteko Zishinga Amategeko za Afurika mu kinyejana cya 21.
Biteganyijwe ko aba bayobozi baganira ku buryo bukwiye bwo gukoresha ikoranabuhanga mu mikorere y’Inteko Zishinga Amategeko, kureba ubudahangarwa bw’inteko n’uburyo bwo kuzifasha gukora binyuze mu mucyo.
Abahagarariye Inteko Zishinga Amategeko mu bihugu binyamuryango bya Commonwealth bafatwa nk’abafite umukoro ukomeye wo gushishikariza guverinoma zabo gushyira umukono ku masezerano agamije gushyira mu bikorwa ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
Ibiganiro biyitangirwamo biribanda ku ruhare rw’inteko mu iterambere rya sosiyete, ububasha bw’Inteko n’icyo ubudahangarwa bwazo buvuze, uburyo zafashwa kuzuza inshingano zazo, uko zahindura imikorere bitewe n’ingaruka za Covid-19 n’ibindi.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, aheruka kuvuga ko kwakira bagenzi babo bo mu Nteko z’Ibihugu bya Afurika, biri mu Ihuriro ry’Inteko zo muri Commonwealth ari amahirwe akomeye ku Nteko y’u Rwanda no ku gihugu muri rusange.
Ati “Twiteze umusaruro mu biganiro biteganyijwe, tuzungurana ibitekerezo na bagenzi bacu muri Afurika ku buryo bwiza bwo gukemura ibibazo by’abaturage bacu no kugira uruhare mu gutuma inzozi zabo ziba impamo.”
Ibihugu byayitabiriye birimo Botswana, Cameroun, Ghana, Kenya, Mozambique, Namibia, Nigeria, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Tanzania, Uganda n’u Rwanda rwayakiriye.
Abadepite n’abasenateri bagera kuri 800 ni bo bitabiriye iyi nama muri Kigali Convention Centre mu gihe abandi bari kuyikurikirana bifashishije ikoranabuhanga.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ni bwo bamwe mu badepite bitabiriye iyi nama basuye Icyanya cyihariye cyahariwe Inganda kiri Masoro mu Karere ka Gasabo berekwa iterambere ry’inganda mu Rwanda.
Today, some MPs, who are in Rwanda to attend #CSPOC17Rwanda, had a guided tour in Kigali Special Economic Zone to observe the industrial development in #Rwanda. pic.twitter.com/jrfvHkQKm1
— Chamber of Deputies | Rwanda (@RwandaCDeputies) November 23, 2021















Amafoto: Igirubuntu Darcy
source : https://ift.tt/3oTXxbX
Ni igitabo cyiswe ‘The Pursuit of Porsha: How I Grew Into My Power and Purpose’ kizajya hanze ku wa 30 Ugushyingo 2021.
Variety yatangaje ko uyu mugore wagaragaye muri filime “The Real Housewives of Atlanta”, mu gitabo cye agaragaza ko R Kelly yatumye ahungabana akamugusha mu mutego wo kumujyana mu gitanda bagasambana. Porsha ubu ufite imyaka 40 y’amavuko, yamenyanye n’uyu muhanzi ubwo yari afite imyaka 25.
Hari aho yagize ati “Nari nishyize muri uyu mwanya. Mvuga nti iki nicyo ugomba gukora. Ugomba kubikora. Nari mfite ibyo nkora byanjye, mfite aho mba. Ni imyumvire nari narashyizwemo n’abagabo yo kumva ko banduta. Nkumva ko mfite agaciro mu gihe babivuze. Ntekereza ko njye kugira iyo myumvire byatumye amfatirana.”
Akomeza avuga ko atafashwe ku ngufu na R Kelly kubera ko ari icyamamare ahubwo buri mugabo yari kumufatirana kubera ibihe yari arimo.
Agaragaza ko igihe cya nyuma yasuye uyu muririmbyi yari afite ibirori birimo abakobwa benshi bahateraniye.
Ati “Ku munsi wa nyuma nasuye R Kelly abakobwa 20 cyangwa 30 bari bitabiriye ibirori yari yakoresheje. Bamwe bari bahamaze ibyumweru.”
Akomeza avuga ko icyo gihe yumvise abakobwa barira bari gukubitirwa mu rugo rw’uyu mugabo agasaba gutaha. Nyuma yagiye asabwa na R Kelly kumusura ariko akabyanga kubera ibyo yari yahabonye.
Ati “Ubwo nageraga mu rugo nasanze nikubise ku rukuta. Nari nahungabanye. Mfite gushidikanya ku mpamvu ibyabaye byambagaho kandi ndi umukobwa mukuru.”
Yavuze ko yongeye guhura na R Kelly mu kiganiro yakoranaga n’undi muntu cyitwa “Dish Nation” . Icyo gihe nabwo uyu muhanzi yashatse kongera kumuguyaguya ariko undi amubera ibamba.
Ati “Icyo gihe byari bitangaje kuba yaragerageje kongera kuvugana nanjye na none. Naratekereje nti nagiriye ibihe bibi iwawe turi kumwe, biri mu byabaye mu buzima bwanjye ntazibagirwa none ntabwo unyibuka? Ibi byabaye kenshi none ntuzi ko ndi umuntu umwe.”
Porsha Williams avuga ko ubwo R Kelly yari akurikiranyweho guhohotera abagore ari umwe mu bavuganye na Polisi.
Muri Nzeri R. Kelly yahamijwe ibyaha byiganjemo ibyo guhohotera abagore no gusambanya ku gahato abarimo abatarageza imyaka y’ubukure.
Biteganyijwe ko hazatangazwa imyanzuro y’urukiko ku wa 4 Gicurasi 2022 ashobora gufungwa imyaka myinshi cyangwa agakatirwa burundu. R.Kelly agiye kujya kuburana urundi rubanza muri Chicago mu minsi iri imbere.
source : https://ift.tt/3xnc4R9
Kuri uyu wa Kabiri nibwo hashyizwe umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 30 z’ama-euro yatanzwe na EIB na BRD. EIB yatanze inguzanyo ya miliyoni 15 z’ama-euro hanyuma na BRD igomba kongeraho andi nk’ayo.
Byitezwe ko abacuruzi bato n’abaciriritse aribo bazungukira kuri iki kigega ku ikubitiro cyane cyane ko inguzanyo zabo ziba ziri hagati ya miliyoni 300 Frw na miliyoni 500 Frw.
Visi Perezida wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi, Thomas Östros, yatangaje ko izo miliyoni 30 z’ama-euro zizacungwa na Banki y’Igihugu y’Iterambere, zizafasha u Rwanda muri gahunda yarwo yo kuzahura ubukungu bwashegeshwe na Covid-19.
Umuyobozi wa BRD, Kampeta Sayinzoga, yavuze ko ayo amafaranga bahawe agamije guteza imbere imishinga yagizweho ingaruka na Covid-19 by’umwihariko ku bagore n’urubyiruko.
Yakomeje agira ati “Twishimiye kwakira iyi nkunga ya EIB, izafasha mu kuzamura urwego rw’abikorera by’umwihariko abakora ishoramari rito n’iriciriritse. Ibi bigaragaza ko BRD ikomeje kugirirwa icyizere ku ruhando mpuzamahanga. Ibi bizafasha BRD gutanga inguzanyo z’igihe kirekire ku bigo by’ishoramari mu rwego rwo kuzahura ubukungu.”
Yagaragaje ko imishinga izibandwaho cyane ari irebana no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, guteza imbere ibikorerwa mu nganda, ubuzima ndetse n’igamije guteza imbere ingufu zisubira n’ibindi.
Ati “Ni amafaranga azadufasha mu ishoramari, mu nzego tubona zizafasha ubukungu kongera gukomera.”
Iyi nguzanyo yahawe BRD izishyurwa hagati y’imyaka irindwi na 10, ibizatuma n’abazagurizwa muri BRD bazahabwa inguzanyo z’igihe kirekire.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko aya masezerano azafungura ishoramari rishya mu Rwanda.
Ati “Covid-19 yashegeshe cyane ishoramari mu Rwanda kandi ishoramari rishya ni ryo zingiro ryo guhangana n’imbogamizi zikigaragara mu bucuruzi. Gukorana na BRD na EIB bizafungura amarembo ku ishoramari rishya.”
Visi Perezida wa EIB, Thomas OSTROS, yavuze ko bahisemo gutera inkunga u Rwanda mu rwego rwo gukomeza kuzamura ubukungu cyane ko bamaze igihe kitari gito bakorana n’u Rwanda mu mishinga itandukanye igamije kuzamura abakora ubucuruzi buciriritse.
Mu Ukwakira 2021, EIB yaherukaga gutanga miliyoni zisaga 55 z’amayero harimo 40 zahawe Banki ya Kigali ndetse na 15 zahawe KCB zigamije gufasha abagizweho ingaruka na Covid-19 mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Amafoto: Igirubuntu Darcy
source : https://ift.tt/30Sd4Bc