Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe ni 1,341.


source : https://ift.tt/3CMWxeo
Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe ni 1,341.


source : https://ift.tt/3CMWxeo


source : https://ift.tt/3cFf7uH

Urwego RGB rwatangaje ubu bushakashatsi bukozwe ku nshuro ya kane, mu gihe hizihizwaga umunsi nyafurika w’Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021.
Ubushakashatsi bwa mbere bwakozwe muri 2013 ku bijyanye n’Iterambere ry’Itangazamakuru mu Rwanda bwarihaye amanota 60.7%, ubwa kabiri bwo muri 2016 bwagaragaje ko ryari rigeze kuri 69.6%, ubwo muri 2018 bwaryerekanye ko rigeze kuri 72.4%, naho ubw’uyu mwaka wa 2021 bwerekana ko Itangazamakuru rigeze ku manota 80.6% mu gutera imbere.
Mu byiciro bitanu bishingirwaho mu gutanga amanota ku Itangazamakuru n’abarikoramo, hari ikijyanye n’amategeko hamwe na politiki biryorohereza gukorera mu gihugu, cyaje ku isonga mu kugira amanota 91%.
Muri iki cyiciro ni ho haza ibijyanye n’Ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bwahawe amanota 86.4%, ubwisanzure bw’Itangazamakuru bwagize 93.7%, uburenganzira mu kubona amakuru bufite 94.7%, kwigenga mu bijyanye n’imyandikire cyangwa kuvuga biri kuri 87%, ndetse n’uburenganzira bw’abanyamakuru mu kurinda(guhisha) uwabahaye amakuru buri kuri 93.3%.

Icyiciro cya kabiri kijyanye no kugira urunyurane(ubwinshi) bw’ibitangazamakuru cyahawe amanota 87.3%, uruhare rw’Itangazamakuru mu guteza imbere Imiyoborere na Demokarasi rwahawe 87.3%, ndetse n’uburyo bwo kubona amakuru bwahawe amanota 77.8%.
Icyiciro cyahawe amanota make kurusha ibindi ni ikijyanye n’Ubushobozi hamwe n’Ubunyamwuga cyahawe amanota 62.4%.
Iki cyiciro kivugwamo ibijyanye n’abanyamakuru bahugukiwe neza iby’umurimo bakora, ubunyamwuga bakorana, ibikoresho bifashisha, kwishimira aho bakorera, ubushobozi bafite mu kwigenzurira ibyo bavuga, ndetse n’Ubushobozi bw’ibigo bakorera mu kwitunga no guhemba abakozi mu buryo burambye.
Ubu bushakashatsi bwa RGB bugaragaza ko abakorera Itangazamakuru babihugukiwemo neza bangana na 59.6%, kubahiriza ubunyamwuga biri ku rugero rwa 57.3%, kuba Abanyamakuru bakora mu buryo bubanogeye bihabwa amanota 74.3%.

Ubu bushakashatsi bunagaragaza ko kwigenzura neza kw’Abanyamakuru mu byo bavuga biri ku rugero rwa 67.6%, kuba ibitangazamakuru byaba byihagije mu bikorwa remezo bifasha gukora umwuga w’Itangazamakuru neza biri kuri 52.9%, hanyuma hakaza ikijyanye ko kugira ubushobozi bwo kwibeshaho no guhemba abakozi ngo kiri ku rugero rwa 57.6%.
Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Usta Kaitesi avuga ko gushinga igitangazamakuru mu Rwanda bitagoye, akaba ari yo mpamvu hamaze gushingwa ibinyamakuru byinshi, ariko ubunyamwuga n’amafaranga yo gukoresha ngo biracyabura mu bitangazamakuru byinshi.
Umuyobozi wa RGB agira ati “Ikijyanye no kwigenzura abanyamakuru ubwabo ni bo bazagishyiramo imbaraga, kunoza politiki n’amategeko bizagirwamo uruhare na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu hamwe na RGB, hanyuma ikijyanye no gushobora mu buryo bw’amafaranga turimo kugikorera icyegeranyo kigaragaza uburyo Itangazamakuru ryakwibeshaho, tuzaganira ku buryo ryakwinjira mu bucuruzi ariko bigakorwa kinyamwuga”.

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi muri uyu mwuga, Oswald Mutuyeyezu, avuga ko Itangazamakuru ryigenga ari ryo rifite ikibazo kuko irya Leta ryo rihabwa ubushobozi buvuye mu Ngengo y’Imari y’Igihugu.
Mutuyeyezu akavuga ko Itangazamakuru rya Leta rikwiriye guharira iryigenga ibijyanye no kwamamaza, kugira ngo ribone amafaranga yo kuribeshaho no kwishyura Urwego Ngenzuramikorere RURA n’ubukode bw’iminara y’Ikigo cya Leta gikora Itangazamakuru ari cyo RBA.
Mutuyeyezu yagize ati “Niba Leta ishaka ko Itangazamakuru ryigira rikanisanzura, wenda ayo mafaranga yishyurwa iminara n’imirongo (amaradio avugiraho) yavaho, ikindi Ikigo RBA cyagombye gutungwa n’abaturage twese aho kurwanira n’ibitangazamakuru byigenga amasoko yo kwamamaza.”
Igipimo nk’iki gisuzuma ibijyanye n’iterambere ry’Itangazamakuru mu Rwanda kizongera gukorwa mu yindi myaka ibiri iri imbere, ubwo bazaba basuzuma niba ibyanenzwe muri uyu mwaka wa 2021 byarakosowe.


source : https://ift.tt/3nLdQIT
Byabaye ubwo mu Murenge wa Tumba hatangizwaga inama ngarukamwaka yimakaza uburezi bufite ireme ku wa 20 Ugushyingo 2021.
Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaba n’inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwo mutwe, Prof Vincent Sezibera yavuze ko kugera ku ireme ry’uburezi ryifuzwa birenze gusa kwigisha mu ishuri.
Yavuze ko muri iki gihe hari ibyonnyi by’ireme ry’uburezi birimo amakimbirane yo mu ngo, guhohotera abana, kubura ibikoresho by’ibanze mu buzima n’iby’ishuri ku banyeshuri n’ibindi.
Ati “Uko umuryango utekanye bituma umwana yiga atuje ibyo yigishwa akabyumva n’ibyo asabwa gukora akabikora, kuba umwana afite ibikenewe yaba ari ibitunga umubiri n’ibikoresho akenera bituma yiga neza.”
Prof Sezibera yavuze ko amakimbirane yo mu muryango ari icyonnyi gikomeye ku ireme ry’ubutezi muri iki gihe kandi gikwiye gukumirwa abantu bafatanyije.
Ati “Amakimbirane abera mu muryango ni icyonnyi gikomeye kuko bituma umwana atagira imbaraga zihagije zo kugira ngo yige, ahubwo ashobora kuba yanatozwa ingeso mbi bitewe n’amakimbirane ahora mu rugo.”
Bamwe mu barimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Murenge wa Tumba bagaragaje ko hari abana bajya ku ishuri bakananirwa kwiga neza biturutse ku makimbirane abera iwabo mu ngo ndetse n’ibindi bibazo bikomoka mu miryango yabo.
Umuyobozi wa GS Cyarwa, Akayezu Donatha ati “Hari n’igihe umwana aza mu gitondo ukabona atangiye gusinzira ku isaha ya mbere, wamuganiriza ugasanga biterwa ahanini n’amabimbirane y’ababyeyi be n’ubusinzi. Umubyeyi we yagiye mu kabari akaza akomanga saa sita z’ijoro, umwana ibitotsi arabicikiriza kugira ngo afungurire umubyeyi we, cyangwa se abayeyi barwana bigatuma abana bahangayika.”
Bagaragaje ko hari n’abana bajya ku ishuri baraye batariye bigatuma batiga neza ariko bavuga ko kuri ubu basigaye bafatira ku ishuri ifunguro rya saa Sita bifasha mu gukemura ikibazo cy’abiganaga inzara.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Migabo Vital, yavuze ko bateguye iyo nama izajya iba buri mwaka kugira ngo bafatanyirize hamwe gukemura ibibazo biri mu burezi.
Ati “Tuza kujya inama n’abo dukorana n’inzego zitandukanye dusanga gukemura ibyo bibazo mu buryo burambye ari ukujya inama y’icyo twakora buri wese agatanga ibitekerezo noneho tugafatira umwanzuro hamwe.”
Mu gutangiza iyo nama hahembwe ibigo by’amashuri byatsindishije neza ibizamini bya Leta mu mwaka ushize.
source : https://ift.tt/3CKKApC
Ni amafaranga yashyikirijwe Banki Itsura Amajyambere mu Rwanda, BRD, azafasha abashoramari bato kubona inguzanyo zishobora kwifashishwa mu kongera imbaraga mu bikorwa byabo aho biteganyijwe ko BRD na yo izongeraho izindi miliyari 15 Frw.
Umuyobozi wa BRD, Kampeta Sayinzoga, yavuze ko ayo amafaranga bahawe agamije guteza imbere imishinga yagizweho ingaruka na Covid-19 by’umwihariko ku bagore n’urubyiruko.
Yakomeje agira ati “Twishimiye kwakira iyi nkunga ya EIB, izafasha mu kuzamura urwego rw’abikorera by’umwihariko abakora ishoramari rito n’iriciriritse. Ibi bigaragaza ko BRD ikomeje kugirirwa icyizere ku ruhando mpuzamahanga. Ibi bizafasha BRD gutanga inguzanyo z’igihe kirekire ku bigo by’ishoramari mu rwego rwo kuzahura ubukungu.”
Yagaragaje ko imishinga izibandwaho cyane ari irebana no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, guteza imbere ibikorerwa mu nganda, ubuzima ndetse n’igamije guteza imbere ingufu zisubira n’ibindi.
Ati “Ni amafaranga azadufasha mu ishoramari, mu nzego tubona zizafasha ubukungu kongera gukomera.”
Iyi nguzanyo yahawe BRD izishyurwa hagati y’imyaka irindwi na 10, ibizatuma n’abazagurizwa muri BRD bazahabwa inguzanyo z’igihe kirekire.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko aya masezerano azafungura ishoramari rishya mu Rwanda.
Ati “Covid-19 yashegeshe cyane ishoramari mu Rwanda kandi ishoramari rishya ni ryo zingiro ryo guhangana n’imbogamizi zikigaragara mu bucuruzi. Gukorana na BRD na EIB bizafungura amarembo ku ishoramari rishya.”
Visi Perezida wa EIB, Thomas OSTROS, yavuze ko bahisemo gutera inkunga u Rwanda mu rwego rwo gukomeza kuzamura ubukungu cyane ko bamaze igihe kitari gito bakorana n’u Rwanda mu mishinga itandukanye igamije kuzamura abakora ubucuruzi buciriritse.
Mu Ukwakira 2021, EIB yaherukaga gutanga miliyoni zisaga 55 z’amayero harimo 40 zahawe Banki ya Kigali ndetse na 15 zahawe KCB zigamije gufasha abagizweho ingaruka na Covid-19 mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Amafoto: Igirubuntu Darcy
source : https://ift.tt/3cGMJs8
Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Ugushyingo 2021, mu Nama ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA).
Iyi nama iri kubera mu Mujyi wa Cairo mu Misiri yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bamwe, abandi bayikurikirana hifashishijwe ikoranabuhanga. Yabaye nyuma y’imyaka itatu idaterana kuko iheruka yabereye mu Mujyi wa Lusaka muri Zambia muri Nyakanga 2018.
Yibanze ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu kwihuza kw’akarere no kureba imiterere y’icyorezo cya COVID-19.
Perezida Kagame yavuze ko COMESA itigeze iteshuka ku ntego yayo mu gihe cya COVID-19 ndetse yakomeje gushyira mu bikorwa gahunda y’imishinga y’ubucuruzi itandukanye.
Mu mwaka ushize ni bwo abaminisitiri bo mu Ihuriro rigize COMESA bemeje ishyirwaho ry’ikoranabuhanga ryifashishwa mu bucuruzi.
Yagize ati “Mu gihe iyi ari intambwe ya mbere mu gukora ubucuruzi buhuriweho hifashishijwe ikoranabuhanga, imbaraga zacu ntizikwiye kurangirira hano. Dukeneye guharanira ko abaturage bacu babona ibi bikoresho.’’
Perezida Kagame yavuze ko hakenewe imikoranire hagati y’ibihugu kugira ngo abaturage babiboneremo umusaruro.
Ati “Icya mbere, tugomba gushyira imbaraga mu kuzamura umubare w’abakoresha ikoranabuhanga. Mu Rwanda twashyize imbere kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga ndetse dushaka ko abaturage bangana na 60% bazaba barikoresha mu 2024.’’
Umukuru w’Igihugu yavuze ko imbaraga zihuriweho n’ibihugu byo muri COMESA zishobora kugira uruhare mu guhuza no kunoza imikorere y’ikoranabuhanga muri Afurika.
Ati “Icya kabiri, dukeneye gushyira mu bikorwa politiki igenga COMESA ituma habaho kwishyurana byoroshye, binyuze mu mucyo kandi bitekanye mu bucuruzi bwambukiranya imipaka burimo ubw’ibigo bito n’ibiciriritse.’’
“Ibigo biyobowe n’urubyiruko bifite uruhare runini mu ishoramari ry’umugabane wacu ndetse ntidushobora kubasiga ku ruhande.’’
Yakomeje ati “Icya nyuma, ukwihuza kwa Afurika kuzagerwaho binyuze mu guharanira gukorera mu mucyo mu nzira y’iterambere.’’
Mu gushyigikira urubyiruko guhanga imirimo, Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yatangije gahunda yayo izafasha guhanga imirimo miliyoni 25 no kongerera ubushobozi urubyiruko rurenga miliyoni 50 mu myaka icumi iri imbere.
Iyi nama yaherukaga kubera mu Misiri mu 2001. Iy’uyu mwaka yahawe insanganyamatsiko igaruka ku “Gukoresha ikoranabuhanga mu kubaka ubukungu budaheza.’’
Yanabereyemo ihererekanyabubasha aho Perezida wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi yahawe inshingano zari zifitwe na Andry Rajoelina wa Madagascar.
Isoko rwa COMESA ryashinzwe ku wa 8 Ukuboza 1994 rigizwe n’abanyamuryango 19, u Rwanda rukaba rwarinjiyemo mu 2004. Ni rimwe mu masoko magari afatiye runini ubukungu bw’umugabane wa Afurika. Uyu muryango ufite abaturage miliyoni 583, umusaruro mbumbe wawo ubarirwa muri miliyari 805$ mu gihe agaciro k’ubucuruzi hagati y’ibihugu biwugize kangana na miliyari 324$.
COMESA igizwe n’ibihugu 21 birimo u Burundi, Comoros, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Djibouti, Misiri, Eritrea, Eswatini, Ethiopia, Kenya, Libya, Madagascar, Malawi, Mauritius, u Rwanda, Seychelles, Somalia, Sudani, Tunisia, Uganda, Zambia na Zimbabwe.
Amafoto: Village Urugwiro
source : https://ift.tt/3xdjXIY
Ubu bushakashatsi ku gipimo cy’imiterere y’itangazamakuru mu Rwanda, Rwanda Media Barometer, bukorwa buri myaka ibiri, ubwamuritswe hari ku nshuro ya kane.
Iki gipimo kigaragaza ingeri eshanu zagenzuwe nk’izashingiweho mu kwerekana imiterere y’urwego rw’itangazamakuru. Igipimo cya mbere kijyanye n’urwego rw’amategeko agenga itangazamakuru aho bigaragara ko anyuze abakora uyu mwuga ku kigero cya 91,0%.
Kuba itangazamakuru ryo mu Rwanda rigena umurongo rikoreramo n’ibyo ritangaza kimwe no gufungura ibinyamakuru biri kuri 87,3%; itangazamakuru nk’umuyoboro ufasha mu miyoborere myiza na demokarasi biri kuri 85%; iterambere ry’itangazamakuru n’ubushobozi bwaryo mu bunyamwuga biri kuri 62,4% naho kugerwaho n’amakuru biri kuri 77,8%.
Icyiciro gifite amanota make muri byose kijyanye n’ubushobozi bw’itangazamakuru hamwe n’ubunyamwuga bw’abarikora.
Ubu bushakashatsi kuri iyi ngingo bwerekana ko ikigero cy’abanyamakuru babona amahugurwa mu mwuga kiri kuri 59,6%; uruhare rw’amahuriro y’abanyamakuru mu iterambere ry’uru rwego ruri kuri 67,8%.
Ni mu gihe kubahiriza amahame y’umwuga byo biri kuri 57,3%; imibereho y’abakora itangazamakuru iri kuri 74,3%; ukwigenzura kw’itangazamakuru ko kwagize 67,6%; ubushobozi mu bijyanye n’ibikoresho mu itangazamakuru buri kuri 52,9% mu gihe ubushobozi mu mikoro bwo buri kuri 57,6%.
Ubukene bwatumye Radio ya gatatu mu gihugu isaba inkunga yo kwishyura ubukode bw’iminara
Ingingo ijyanye n’ubukene mu itangazamakuru ni imwe mu zagarutsweho mu biganiro byo kumurika ubu bushakashatsi.
Hagaragajwe uburyo abanyamakuru benshi bakora nta masezerano y’akazi, abandi bagakora badahembwa kugeza n’aho RURA yerekana ko iyo ikoze igenzura, nka Radio yatangiye ivuga ko izaha akazi abakozi 50, nyuma y’imyaka ibiri 80% by’abayikorera baba ari abimenyereza umwuga n’abakorerabushake.
Jesse Maxella Kiyingi wari witabiriye imurikwa ry’ubu bushakashatsi yagaragaje ko amikoro y’itangazamakuru ageramiwe kugeza n’aho Radio ya gatatu mu gihugu mu gukurikirwa yitabaza abantu ngo bayitere inkunga yishyure iminara.
Yabivugaga nyuma y’aho Radio Maria Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere yifashishije Twitter igasaba abantu kuyitera inkunga kugira ngo ibone miliyoni 4,1 Frw yo kwishyura ubukode bw’iminara.
Shyigikira Radio Maria Rwanda uyifashe kwishyura ubukode bw’iminara ukwezi k’Ugushyingo kugirango ikomeze kwamamaza inkuru nziza ya Yezu Kristu. pic.twitter.com/2CSq8OXej8
— Radio Maria Rwanda (@RwandaMaria) November 22, 2021
Ubushakashatsi kandi na bwo ubwabwo bugaragaza ko urwunguko mu rwego rw’itangazamakuru ruri hasi cyane kuko ari 21,3%.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kugenzura itangazamakuru muri RGB, Jean Bosco Rushingabigwi, yavuze ko igitangazamakuru gishobora kugira abanyamakuru bafite ubushobozi ariko mu gihe cyose baba badafite uburyo bubabashisha gukora neza, bwa bumenyi ntacyo butanga.
Yagaragaje kandi ko hari ubwo umuntu asura ikigo cy’itangazamakuru agasanga abafite ubwishingizi ari hafi ya ntabo, wajya mu bigo by’amashuri ugasanga nta bikoresho bihari byabashisha abanyeshuri kwiga banimenyereza ahubwo integanyanyigisho nyinshi zishingiye ku kwigisha mu magambo gusa.
Ati “Dufite ingeri nyinshi dukwiriye gukoramo amavugurura kugira ngo tugire itangazamakuru rihamye.”
Arthur Asiimwe uyobora RBA, we yagaragaje ko nta radio na televiziyo n’imwe byafunze kubera ubukene, bivuze ko umwaka ku wundi ba nyirazo badakorera mu bihombo.
Ikibazo ngo gishobora kuba kiri mu kuba ba nyiri ibyo bitangazamakuru, bafata amafaranga barikesheje, bakajya kuyashora mu bindi bitandukanye naryo.
Ati “Wenda ikibazo gishobora kuba ari uko amafaranga avanwa mu itangazamakuru akajya gushorwa mu bindi bitandukanye ariko urebye ibitabo by’imari byabo, ushobora kubona indi shusho. Ibyo bintu dukwiriye kubyitondera.”
Ubushobozi bw’abanyamakuru bwatunzwe agatoki
Ku kijyanye n’ubushobozi bw’abanyamakuru, Asiimwe yavuze ko hakenewe gushyirwa imbaraga mu mahugurwa ahabwa abanyamakuru, agaragaza ko aho bigeze ubu nta yindi kaminuza yigisha itangazamakuru ikenewe mu gihugu.
Ati “Kuko dukeneye kugera aho umuntu yibanda ku kintu runaka. Niba ushaka umunyamakuru mwiza ukora ibijyanye n’ubukungu, ese nkeneye umuntu wize ibintu bitanu bigomba kuba bigize inkuru cyangwa se nkeneye umuntu wize ubukungu hanyuma ikigo runaka kikamuha amahugurwa y’umwaka umwe cyangwa ibiri cy’ibyo akwiriye gukora nk’umunyamakuru.”
Yagaragaje ko abanyamakuru beza hafi ya bose bakora umwuga muri iki gihe, nta n’umwe wanyuze mu ishuri ry’itangazamakuru.
Berna Namata uyobora NMG Africa mu Rwanda ifite ikinyamakuru cya The East African we yavuze ko urebye itangazamakuru ry’u Rwanda, hari ikibazo cy’ubunyamwuga, ariko usanga hari n’aho giterwa n’uko nta bantu bahari bo kwigiraho ugereranyije n’uko ahandi haba hari abamaze imyaka irenga 20 mu mwuga.
Yavuze ko kugira ngo abanyamakuru n’umwuga w’itangazamakuru ubwawo wubahwe, abawukora bakwiriye gushyiraho imirongo ngenderwaho.
Ati “Urebye ibibazo urwego rwacu ruhura na byo uyu munsi, igihe cyose tuzaba tutarazamura imikorere, igihe tuzaba tutarazamura ubunyamwuga, biragoye guharanira uburenganzira bwacu. Keretse igihe cyose tuzaba twubahiriza amahame kandi dukora kinyamwuga.”
Yatanze urugero rw’impaka zimaze iminsi ku basigaye bakoresha Youtube biyise abanyamakuru, avuga ko niba umunyamakuru ashaka kumvikanisha umurongo runaka wa politiki yaba ushyigikiye cyangwa urwanya guverinoma, uwo aba atari umunyamwuga.
Ati “Nakwifuje ko twe abanyamakuru twakwirebaho ubwacu tukazamura urwego rwacu. Nta muntu uzabidukorera, kugira ngo twubahwe nk’abanyamakuru, dukwiriye gushyira inzu yacu ku murongo. Birambabaza kubona umuntu ufite micro na Youtube wese afatwa nk’umunyamakuru, ntabwo aribyo. Dufite amahame, dufite amategeko atugenga, kuba umunyamakuru ni iby’agaciro, itangazamakuru ni umwuga wiyubashye.”
Yavuze ko ibinyamakuru bikwiriye kuzamura urwego rw’imikorere bitaba ibyo bikazisanga byaburijwemo n’imbuga nkoranyambaga nka Youtube.
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kaitesi, yavuze ko intege nke mu bunyamwuga n’ubushobozi bw’amikoro arizo mbogamizi itangazamakuru rifite muri iki gihe.
Ati “Turi gusesengura, turi gukora ikindi cyegeranyo kigaragaza uburyo itangazamakuru rishobora kwibeshaho mu buryo bw’amafaranga. Nikirangira tuzaganira n’abagize itangazamakuru kugira ngo habeho kugenzura ngo ni ibiki bikwiriye gukorwa kugira ngo itangazamakuru rishobore kwinjira mu bucuruzi bw’itangazamakuru kandi bikorwe kinyamwuga mu buryo bunoze.”
Mu Rwanda hari Radio 40 na televiziyo 20. Ubushakashatsi bugaragaza ko Radio ariyo iri ku mwanya wa mbere nk’isoko y’amakuru ku baturarwanda ku kigero cya 94,3% igarukirwa na televiziyo iri kuri 50,5%.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko itangazamakuru ry’u Rwanda ryisanzuye ku kigero cya 93,3%.
Amafoto: Igirubuntu Darcy
source : https://ift.tt/2Zf9rEo

Minisitiri Dr. Ugirashebuja ari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), Col (Rtd) Jeannot Ruhunga.
Inteko rusange ya 89 y’umuryango wa Interpol ibaye mu gihe Isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19. Iby’ingenzi bizigirwa muri iyi nama ni ukurebera hamwe ku ngamba zafatwa mu guhangana n’ingaruka za COVID-19 mu bihugu bigize umuryango wa Interpol.
Kugeza ubu abantu barenga miliyoni ebyiri ku isi yose bahitanwe n’icyorezo cya COVID-19, ni mu gihe mu Rwanda habarirwa abantu 1,341 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo.
Muri iyi nteko rusange kandi hazarebwa ku bikorwa bya Polisi n’ikoranabuhanga, ibikorwa by’umuryango kuva mu mwaka wa 2022-2025, hazanarebwa ibijyanye n’ubufatanye. Iyi nteko rusange izasoza imirimo yayo tariki ya 25 Ugushyingo uyu mwaka aho hazanatorwa komite nyobozi nshya y’uyu muryango.
Mu mwaka wa 2015 u Rwanda ni rwo rwari rwakiriye inteko rusange y’umuryango wa Interpol.
Abitabiriye iyi nteko rusange batowe na za Leta z’ibihugu bigize uyu muryango, bakaba ari na bo bagize inteko nkuru y’umuryango iterana rimwe mu mwaka hagafatwa ibyemezo bikuru bigize gahunda z’umuryango, ibikenewe mu mibanire mpuzamahanga, imari na gahunda z’ibikorwa. Ibyo byemezo bishyirwa mu myanzuro y’inteko rusange.
Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

source : https://ift.tt/3nJINge

Yabigarutseho tariki 22 Ugushyingo 2021, nyuma y’irahira rya komite nyobozi y’aka karere, ababwira ko bafite n’amahirwe ko nta mushya urimo, bityo bakaba bakwiye gukomereza aho bari bageze, ku muvuduko uruta uwo bari basanganywe.
Minisitiri Ngamije yabibukije kuzakora ku nkingi za gahunda y’imbaturabukungu y’imibereho myiza harimo imibereho myiza y’abaturage, ibikorwa remezo, iterambere rusange ry’inzego z’imirimo n’abaturage, n’ubucuruzi.
Yaboneyeho kubibutsa kuvugurura agace ko mu mucyi ahazwi nko mu ‘Cyarabu’ agira ati “Aho bita mu Cyarabu dukeneye ko ibyo njyanama yemeje kugira ngo havugururwe, hajyane n’icyerekezo cy’umujyi, ibishaje bivugururwe cyangwa se hubakwe ibindi bishyashya.”

Yunzemo ati “Hari n’ibibura hano i Huye, nk’inzu ijyanye n’ibihe twakwita iy’imyidagaduro. Hari urubyiruko muri kaminuza, n’abaturage muri rusange, bakeneye aho bidagadurira. Bifite aho bihurira n’ubucuruzi, iterambere ndetse n’ubukerarugendo. Ni ngombwa ko n’abashoramari bumva ko hari amahirwe afatika yo gushora mu gikorwa nk’icyo ngicyo.”
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko nyuma y’uko igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Huye cyashyizwe ahagaragara, kuvugurura Icyarabu byakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus, cyane ko hari n’abari bamaze gusaba ibyangombwa byo kubaka.

Ati “Twari twabonye uburyo kuvugurura Icyarabu byashyirwa mu bikorwa, harimo gufatanya n’undi muntu, kwegurira ikibanza ushobora kukibyaza umusaruro, hakaba n’uko umuntu yaza akubaka agaha nyiri ikibanza aho gukoreramo. Ikizatwemerera ni cyo tuzakora.”
Naho ku bijyanye n’inzu y’imyidagaduro, ngo hari habonetse abakora umushinga mwiza washimwe n’inama njyanama y’Akarere ka Huye, ku buryo hari gushakwa ubushobozi bwo kuwushyira mu bikorwa.

Meya Sebutege avuga ko muri manda y’imyaka itanu batangiye bazakora n’ibindi bikorwa bihindura imibereho y’Abanyehuye, bityo akabasaba kwitabira gahunda zibafasha mu iterambere, uhawe inka akayifata neza, bakitabira ubwisungane mu kwivuza bwa mituweli,… kandi bakazirikana ko icyo abayobozi babereyeho ari ukubaha serivise nziza, bakanga serivise mbi, n’abayibahaye bakabagaragaza.


source : https://ift.tt/3cEDit9
Ikipe ya Rayon Sports ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 18 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Essomba Willy Onana ku mupira yari ahawe neza na Rharb Youssef, Onana aragenda acenga umunyezamu wa APR FC ahita atera mu izamu.

Ku munota wa 38, ku ikosa ryari rikozwe na Isaac Nsengiyumva wihereye umupira abakinnyi ba APR FC, Manishimwe Djabel ahita atera ishoti rikomeye umunyezamu wa Rayon Sports ntiybasha kuwugarura.
Ku munota wa 42 w’umukino, nanone nyuma y’ikosa rya ba myugariro ba Rayon Sports, Ruboneka Jean Bosco yatsindiye APR FC igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.


Igice cya kabiri kigitangira, Masudi Djuma yakuyemo Muvandimwe JMV yinjiza Iranzi Jean Claude, aza kongera gukuramo Nishimwe Blaise.
Ku ruhande rwa APR FC umutoza Adil Mohamed yakoze impinduka aho havuyemo Rwabuhihi Aimé Placide na Mugisha Gilbert, hinjiramo Byiringiro Lague na Nsanzimfura Keddy.
APR FC yongeye gusimbuza aho Mugunga Yves yinjiyemo agasimbura Bizimana Yannick.

source : https://ift.tt/3cGMDR9