Tag: featured

  • Abaturage ibihumbi 210 bazahabwa ibiribwa muri Guma mu rugo – #rwanda #RwOT

    Ibi Minisitiri Gatabazi yabigarutseho kuri uyu wa 15 Nyakanga 2021 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.

    Yavuze ko mbere yo gushyiraho Guma mu rubo Leta yabanje gutekereza ku bijyanye n’uko abazaba batagikora bazabaho.

    Ati “Abaturage bagize ubwoba bw’uko babaho, Leta yatekereje uko bafashwa. Hari amakosa yagaragayemo mu gutanga ibiryo, ubu byarakosowe kugira ngo abafite ikibazo cyo kubona icyo barya muri Kigali n’ahandi, barebe uburyo abatishoboye bafite ubushobozi buke bashobora kuba bafashwa muri iyo minsi icumi, ubuzima bugakomeza.”

    Yakomeje avuga ko hari gukorwa ubukangurambaga kugira ngo iyi gahunda yo gufasha abatishoboye mu bihe bya Guma mu Rugo yinjiremo n’abafatanyabikorwa.

    Ati “Twashishikarije n’uturere gukorana inama n’abafatanyabikorwa bayo barimo amadini n’amatorero, abikorera kugira ngo bunganirane na Leta mu gufasha abaturage.”

    “Mu muco wa Kinyarwanda niba ufite uwo duturanye adafite ubushobozi kandi njye mbufite, kumufasha ni umuco wa Kinyarwanda. Ufite uwo yafasha amufashe ku buryo nta muturage wicwa n’inzara kuko dufite ikibazo.”

    Muri iyi gahunda biteganyijwe ko hazatangwa ibiryo birimo akawunga, ibishyimbo n’umuceri ku baturage bagera ku 211.000. Bizatangwa hakurikijwe umubare w’abagize umuryango. Minisitiri Gatabazi yavuze ko ibi biryo bigenwa hakurikijwe intungamubiri umuntu akenera ku munsi.

    Yavuze ko kuba Guma mu Rugo yaratangajwe mbere ho iminsi ibiri ngo itangire gushyirwa mu bikorwa byari bigamije gufasha abakeneye kwitegura mu buryo butandukanye.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije na we wari muri iki kiganiro yavuze ko icyemezo cya Guma mu Rugo cyafashwe nyuma yo kubona ko ubwandu bwa COVID-19 buri kugenda bufata indi ntera kandi ingamba zari zafashwe zikaba zitaratangaga umusaruro mu buryo buhagije.

    Iyi gahunda ya Guma mu Rugo ireba uturere tugize Umujyi wa Kigali n’utundi turimo Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro. Uretse utu turere biteganyijwe ko utundi twose tuzakomeza kubahiriza gahunda ya Guma mu Karere.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko Leta yashyizeho uburyo abaturage bazafashwa kubona ibyo kurya muri Guma mu rugo

  • Restaurants zo mu bice byashyizwe muri Guma mu Rugo zabujijwe kugemura ibiryo – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo yanyujije kuri Twitter, RDB yasobanuye ko icyo cyemezo kiri mu murongo wo kubahiriza ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 14 Nyakanga 2021, birebana n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Ryakomeje riti “Guhera ku wa 17 kugeza ku wa 26 Nyakanga 2021, restaurants zo mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro ntizemerewe gushyira abantu amafunguro mu ngo cyangwa kuyategurira abayatwara.”

    Amahoteli yo yashishishikarijwe gucumbikira abakozi bayo aho akorera kugira ngo babashe gufasha abayagana banagabanye ingendo za buri munsi. Atabasha kubacumbikira azabagenera uburyo bwo gutaha no kuza ku kazi.

    RDB yatangaje kandi ko ba mukerarugendo baturuka mu mahanga bazoroherezwa kubona impushya z’ingendo hubahirizwa amabwiriza ariho yo kwirinda COVID-19. Ibyo birareba amahoteli, abatwara ba mukerarugendo n’abandi bakora imirimo yo kubafasha.

    Ba mukerarugendo b’imbere mu gihugu basabwe guteganya ingendo zabo nyuma ya gahunda ya Guma mu Rugo.

    Itangazo: Hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri iheruka ku birebana n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) ruramenyesha abantu bose ibi bikurikira:#NtaKudohoka

    — Rwanda Development Board (@RDBrwanda) July 15, 2021

    Restaurants zo mu bice byashyizwe muri Guma mu Rugo zabujijwe kugemura ibiryo

  • Mu bihumbi 72 basabye Polisi uruhushya mu minsi 14 ishize, abenshi babeshye ko ari abahinzi – #rwanda #RwOT

    CP Kabera yavuze ko mu byumweru bibiri bishize ubwo hafatwaga umwanzuro wo gushyira uturere umunani n’Umujyi wa Kigali muri gahunda zihariye zikumira ingendo, hari abagiye basaba Polisi impushya bashaka kurenga ku mabwiriza yashyizweho.

    Mu basaga ibihumbi 72 basabye impushya Polisi muri icyo gihe, ngo abenshi batangaga impamvu y’uko ari abahinzi borozi kandi babeshya. Impamvu ni uko ubuhinzi n’ubworozi ari bimwe mu bikorwa byemerewe gukomeza.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru cyagarukaga ku ngamba nshya zo kwirinda Covid-19 kuri uyu wa Kane, CP Kabera yagize ati “Kuri iyi nshuro abaturage bazasabe uruhushya bafite impamvu zifatika kuko byaje kugaragara ko abantu benshi basaba impushya bashaka kugenda. Iyo habaye gahunda ya guma mu karere, akarere kaba gato cyane ku muntu, haba guma mu rugo, urugo rukaba ruto.”

    Yakomeje agira ati “Mu byumweru bibiri bishize, Polisi yakiriye abantu ibihumbi 72 basabye impushya, bivuze ko ari 5500 ku munsi. Abenshi muri bo bavugaga ko ari abahinzi borozi, ariko twaje kugenzura dusanga si ko bimeze. Turabizi ko hari abari guhimba impamvu […] uzarambirwa mu rugo cyangwa mu karere amenye ko Polisi ibizi.”

    Mu byumweru bibiri bishize kandi CP Kabera yavuze ko abantu ibihumbi 119 bafashwe barenze ku mabwiriza barimo abasaga 5000 bafashwe bari mu tubari kandi bitemewe kuko utubari dufunze.

    CP Kabera yavuze ko muri iyi gahunda nshya ya Guma mu rugo, ingeso nk’izo zo kunyuranya n’amabwiriza zitemewe.

    Ati “Polisi ntabwo yifuza gufata cyangwa guhana abarenga ku mabwiriza ariko uzabirengaho azabihanirwa.”

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abaturage kubahiriza ingamba zashyizweho niba koko bashaka ko Guma mu rugo irangira vuba.

    Ati “Niba twihaye iminsi icumi abantu bagakomeza kujya muri twa tubari two munsi y’ibitanda, abantu bagatangira kuva mu rugo bagasurana, ni amakosa. Ushobora kuvanayo Covid-19. Iminsi icumi izagira icyo imara abantu nibubahiriza amabwiriza uko bishoboka.”

    Mu guhangana n’ubwandu bushya, Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, tariki 14 Nyakanga 2021, yafashe umwanzuro wo gushyira muri Guma mu Rugo mu gihe cy’iminsi icumi uhereye tariki 17 Nyakanga, Umujyi wa Kigali n’uturere umunani turimo Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro.

    CP Kabera yavuze ko abaturage bakwiriye kubahiriza amabwiriza aba yashyizweho agamije kurinda ubuzima bwabo

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko niba abaturage bashaka ko Guma mu rugo irangira vuba bakwiriye kubahiriza ingamba zashyizweho

  • Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi wa Qatar wasoje imirimo ye mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje kuri Twitter ko Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi Abdullah Bin Mohammed kuri uyu wa 15 Nyakanga 2021.

    Ambasaderi Abdullah Bin Mohammed Al-Sayed ni we wa mbere iki gihugu cya Qatar cyagize ugihagarariye anafite icyicaro i Kigali, aho yanasize atashye inyubako nshya ya Ambasade.

    Iyi nyubako nshya izajya ikoreramo Ambasade ya Qatar mu Rwanda yatashywe ku wa 14 Nyakanga2021, ikaba iherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali. Ni mu gihe kuva mu 2019, Ambasade ya Qatar mu Rwanda yakoreraga mu nyubako iherereye hafi ya Kigali Marriot Hotel mu Karere ka Nyarugenge.

    U Rwanda na Qatar bifitanye umubano umaze guhama, ushingiye ku bwubahane na dipolomasi.

    Ku wa 26 Gicurasi 2015, ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu birebana no kurwanya ibiyobyabwenge. Aya masezerano yari yahujwe n’inama yigaga ku bibazo biterwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge (Qatar International Anti-Drug Forum) yaberaga i Doha muri icyo gihugu.

    Kuva mu 2017, ibihugu byombi byarushijeho kugana mu cyerekezo kizima. Muri Gicurasi uwo mwaka, byasinye amasezerano yo gushyiraho imikoranire mu bya dipolomasi, agamije kurushaho kunoza umubano.

    Mu 2018, abakuru b’ibihugu batangiye gukora ingendo zigamije kunoza umubano uhuriweho.

    Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko i Doha muri Qatar inshuro ebyiri mu myaka ibiri mu gihe mugenzi we, Umuyobozi w’Ikirenga, Emir wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani na we yasuye u Rwanda inshuro ebyiri mu 2019.

    Muri izo ngendo, hasinywe amasezerano hagati y’ibihugu byombi, ajyanye n’iby’indege, guteza imbere no kurengera ishoramari n’ay’ubufatanye mu bijyanye n’ubukungu, ubucuruzi n’ikoranabuhanga.

    Kugeza ubu u Rwanda rufitanye umubano na Qatar, aho indege za Qatar Airways zikora ingendo zihuza imijyi ya Doha na Kigali.

    Muri Gashyantare 2020, Qatar Airways yatangaje ko iri mu biganiro bigamije kuyifasha kugira imigabane ingana na 49% muri Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir.

    Qatar Airways kandi yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Leta y’u Rwanda, ajyanye no kugira imigabane ingana na 60% mu Kibuga Mpuzamahanga kiri kubakwa mu Karere ka Bugesera kizaba gifite agaciro ka miliyari 1,3$, kikazaba cyakira abantu miliyoni zirindwi ku mwaka mu cyiciro cya mbere na miliyoni 14 mu cyiciro cya kabiri.

    Perezida Kagame na Ambasaderi Abdullah Bin Mohammed Al-Sayed bafashe ifoto y’urwibutso nyuma y’ibiganiro bagiranye

    Perezida Kagame wari uherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Biruta Vincent yakiriye Ambasaderi Abdallah Bin Mohammed Al-Sayed wari umaze imyaka ibiri ahagarariye Qatar mu Rwanda

  • Umugabo yandikiye umugore urwandiko yise urw’ububwa mbere yo kwiyahura – #rwanda #RwOT

    Mpamira yari Umuyobozi w’Imishinga muri EMLR- Rubingo, mu mushinga ufashwa na Compassion International Rwanda, wita ku bana no kubakira abatishoboye.

    IGIHE yamenye ko icyemezo cyo kwiyahura gishobora kuba gifitanye isano no kuba ku wa 7 Nyakanga 2021 yarafashwe asambana n’undi mugore mu gihuru.

    Iyo nkuru yamenyekanye ku musozi aho yari atuye mu gihe byari bizwi ko ari umurokore, bikaba bicyekwa ko ariyo mpamvu yiyahuye.

    Mbere yo kwiyahura yabanje kwandikira umugore we ibaruwa yo kumusezera.

    Yateruye ati “Mfashe uyu mwanya kugira ngo ngusezereho muri ubu buryo mpisemo gukoresha, nubwo atari bwo buboneye kurusha ubundi bubaho. Unyemerere gato, ufunge amaso wemere ko Marcel agusezeyeho bwa nyuma.’’

    Uyu mugabo yiseguye ku mugore we ku cyaba “cyaramubangamiye mu gihe cy’imyaka 19 bamaze babana.’’

    Yakomeje ati “Nkwandikiye uru rwandiko rwa kibwa kugira ngo hatazagira ukumbaza, haba abo mu muryango, abana cyangwa inzego bwite za Leta kuko urugendo ngiyemo sinigeze nduteganya cyangwa ngo ndutegure. Nta n’umwe narubwiye, ni yo mpamvu nshatse kugenda nsezeye kuko ugenda nta we umuhagarika.’’

    Iyi baruwa yuje amarangamutima ya Mpamira inagaruka ku butumwa yasigiye umugore we [Maman Kevine], kuva ku kwita ku bana babo, abo azashimira bamugiriye neza, kugeza ku kuzirikana kwishyura abo abereyemo imyenda yose ifite agaciro ka 968.000 Frw.

    Mpamira yasoje ibaruwa ye agira ati “Abo nagiriye neza namwe muzayigirire abandi, abo nagiriye nabi muzagire ubutwari mumbabarire. Madamu, izina ugiye kwitwa rifite igisobanuro gikomeye, uzashinyirize hamwe n’Imana uzatsinda kandi izagushoboza. Madame nongeye kugusaba imbabazi. Sorry’’

    Nyuma yo kwandika iyi baruwa yashyizeho umukono ku wa 13 Nyakanga 2021, yahise ajya kwiyahura.


  • Kayonza: Gitifu w’Umurenge washyizwe mu majwi mu bwambuzi bw’arenga miliyoni 168 Frw yahagaritswe – #rwanda #RwOT

    Uyu muyobozi ashinjwa gutwara Benefactors Ltd miliyoni 68 Frw na miliyoni 100 Frw yambuye umwe mu bacuruzi bakomeye bo mu Karere ka Nyagatare witwa Mujyarugamba.

    Amakuru agera ku IGIHE avuga ko uyu muyobozi hari ikigo afatanyije n’umugabo we yitwa aricyo yakoresheje yaka aba bantu amafaranga bikarangira atayabasubije.

    Amakuru avuga ko nyuma yo kumwishyuza igihe kirekire ntabishyure ndetse ntanagaragaze umuhate wo kubishyura bahisemo kwandikira ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza ndetse na Guverineri Gasana Emmanuel kugira ngo babafashe kubishyuriza.

    Mbere gato tariki ya 17 Ugushyingo 2020 Benefactors Ltd yandikiye Umukuru w’Igihugu imusaba kubafasha kwishyuza uyu muyobozi wari warabatwaye miliyoni 74 Frw akabishyuramo esheshatu gusa.

    Ibi ngo byatumye uyu Gitifu akurwa mu kazi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claudem yabwiye IGIHE ko uyu mucuruzi n’iki kigo babandikiye koko babasaba kubishyuriza bituma babanza guhagarika umuyobozi ngo hakorwe iperereza.

    Yagize ati “Uwo muturage yaratwandikiye avuga ko yagiranye ikibazo n’uwo mukozi wacu tumubwira ko tugiye kubikurikirana. Ubu yabaye ahagaritswe mu gihe cy’ukwezi kugira ngo tubanze dukore iperereza turebe niba hari aho ahuriye nibyo birego aregwa.”

    Yakomeje avuga ko uretse uwo muturage wabandikiye abasaba kumwishyuriza hari n’ikindi kigo nacyo yanditse gisaba kubishyuriza uyu muyobozi miliyoni 68 Frw.

    Ati “Hari n’indi kampani tugikurikirana ngo twumve niba hari uruhare abifitemo yitwa Benefactors Ltd. Turi gukurikirana ngo turebe niba hari amafaranga bafasheyo batarayishyura zari nka miliyoni 68 Frw, abo bantu babiri ni bo baturegeye duhitamo gukora iperereza ngo turebe niba ibyo bavuga aribyo koko.”

    Uyu muyobozi yavuze ko batamuhagaritse kuko bamushinja kuyatwara ahubwo ari ukugira ngo hakorwe iperereza neza barebe niba koko ibyo aregwa aribyo.

    Uwahagaritswe ku nshingano yayoboraga Umurenge wa Murundi kuva umwaka ushize, umwanya yagiyeho yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ishami ry’Ubworozi mu Karere ka Kayonza.

    Gitifu w’Umurenge washyizwe mu majwi mu bwamGitifu w’Umurenge washyizwe mu majwi mu bwambuzi bw’arenga miliyoni 168 Frw yahagaritswebuzi bw’arenga miliyoni 168 Frw yahagaritswe mu kazi

  • I Huye hashyizweho amasibo 39 ashinzwe guhwitura abakerensa amabwiriza ya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ayo masibo akorera mu gice cy’Umujyi wa Huye kuko ari ho higanje ubwandu nk’uko imibare y’inzego z’ubuyobozi ibigaragaza.

    Buri sibo rigizwe n’inzu z’ubucuruzi esheshatu izajya igenzurwa na mutwarasibo umwe. Abamotari n’abanyonzi na bo bashyiriwe ba mutwarasibo aho baparika bategereje abagenzi.

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karera ka Huye, Kayitasire Egide, yavuze ko amasibo yashyizweho bayitezeho kurushaho gukumira ubwandu bwa Covid-19.

    Azabafasha no gukumira ibihano n’amande bacibwaga igihe inzego z’ubuyobozi zasangaga barenze ku mabiriza yo kwirinda.

    Ati “Niba baguciye amande kandi umaze igihe udakora neza bivuga ko n’utwo wari utangiye kubona ugiye kutwishyura muri ya mande. Ibyo rero byadusubizaga inyuma. Ubu noneho rero twiyemeje guhwiturana ubwacu, dufite n’umuhwituzi ushinzwe kutureberera igihe cyose no kuduhwitura.”

    Bamwe mu bakorera ubucuruzi mu Mujyi wa Huye babwiye IGIHE ko ibihano bahawe byabateye ibihombo akaba ari yo mpamvu bagiye kugira uruhare mu kwigisha no gukebura uwarenga ku mabwiriza yashyizweho.

    Ati “Kudohoka twabikuyemo isomo kuko bituma amafaranga wakoreye nayo uyatangamo amande kandi bwacya ukajya gutakaza undi mwanya winginga ngo bongere bagufungurire. Ubu tugiye kwirinda cyane kandi duhwiturana kuko iyo hari umwe urenze ku mabwiriza bituzanira icyorezo bikatugiraho ingaruka twese.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yasabye ba mutwarasibo kurushaho kwibutsa bagenzi babo kubahiriza ingamba zose zashyizweho kandi ko ikigamijwe ari ukugirana inama kugira ngo icyorezo gicike.

    Ati “Buri sibo yagenewe abahwituzi babaha ibibaranga kugira ngo bakore inshingano zabo, ikigamijwe ari uguhwitura abacuruzi n’abaguzi kubahiriza amabwiriza mu rwego rwo kureba uko twagabanya imibare kandi no kugabanya ibihano bifatirwa abayarenzeho.”

    Kuva Covid-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020, mu Karere ka Huye abarenze ku mabwiriza baciwe amande y’asaga miliyoni 98 Frw, abo bakaba biganjemo abikorera.

    Ba mutwarasibo bahawe umwenda ubaranga kugira ngo batangire inshingano zabo

    Buri mutwarasibo afite inshingano zo guhwitura uwo abonye wese atubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Guhwiturana babyitezeho gukumira ubwandu bwa Covid-19

    Iyi gahunda yo guhwiturana bayitezeho gukumira gucibwa amande

    Mu Mujyi wa Huye hashyizweho amasibo 39 ashinzwe guhwitura abakerensa amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karera ka Huye, Kayitasire Egide, yavuze ko amasibo yashyizweho bayitezeho kurushaho gukumira ubwandu bwa Covid-19

    [email protected]


  • Ntitugomba kwemera guhorana n’inzitizi dufite ububasha bwo gukosora- Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yateranye ku nshuro ya 20, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa 15 Nyakanga 2021, yakirwa na Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara, aho abayobozi barimo Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda bagarutse ku cyafasha mu kongera ubushobozi bwa IDA [International Development Association].

    Abandi bayobozi bayitabiriye barimo, Perezida Macky Sall wa Sénégal; Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa muri Banki y’Isi, Axel van Trotsenburg; Makhtar Diop wigeze kuba Minisitiri w’Imari muri Sénégal usigaye ayoboye Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ubufatanye mu by’Imari, IFC n’abandi.

    Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama, Perezida Kagame yashimiye ubuyobozi bwa Banki y’Isi, budahwema gufasha Umugabane wa Afurika mu kwiyubaka by’umwihariko muri ibi bihe bikomeye byo guhangana n’ingaruka za Covid-19.

    Ati “Ndashaka nanone gushimira uruhare rwa Banki y’Isi, yagize kandi igikomeje kugira mu gushyigikira Umugabane wacu muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19.”

    Yavuze ko iyi gahunda yo gutera ingabo mu bitugu kwigira kw’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Iterambere, ari ingenzi mu kubaka urwego rw’imari no gusobanukirwa ibikwiye gushyirwamo imbaraga no kwitabwaho kurusha ibindi.

    Ati “Hamwe n’urwego rw’ubuzima, dukeneye no kongera ishoramari mu bikorwaremezo, kubungabunga ikirere no guteza imbere inganda.”

    Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko ibihugu bya Afurika bigomba gutanga umusanzu wabyo mu kubaka uburyo bwo kubazwa inshingano no gutanga serivisi nziza, gukoresha neza imisoro itangwa n’abanyagihugu ndetse hagashyirwa ingengo y’imari ihagije mu rwego rw’ubuzima n’uburezi.

    Yakomeje agira ati “N’ubwo bwose bimeze gutyo, izo mbaraga ntizatanga umusaruro mwiza dushaka mu gihe tudafite amahoro n’umutekano. Iyi ngingo yashimangiwe kare n’umuvandimwe wanjye, Perezida Ouattara, Mussa Faki, Makthar Diop na Axel Van Trotsenburg.”

    Perezida Kagame yavuze ko hakenewe ubufatanye mu gushaka uburyo burambye bwo guha ubushobozi bw’imari urwego rushinzwe amahoro n’umutekano muri Afurika ndetse na IDA20.

    Ati “Nibiramuka bishyizwe mu bikorwa, icyerekezo cyiza muri aya masezerano bizafasha Afurika kongera kwiyubaka nyuma ya Covid-19 no kugaruka ku izamuka ry’ubukungu. Birumvikana ntibyashoboka urwego rw’abikorera rutabigizemo uruhare rukomeye mu bufatanye na guverinoma.”

    Umukuru w’Igihugu yahise atangaza ko yifatanyije n’abandi mu guhamagarira abantu gukusanya nibura miliyari 100$, akenewe mu mpera z’uyu mwaka ngo afashe mu gutera ingabo mu bitugu ukwigira kwa IDA20.

    Yakomeje agira ati “Tugomba gukomeza kwibanda ku cy’ingenzi aricyo gukomeza inzira y’iterambere turimo. Ntabwo tugomba kwemerera inzitizi kuba imbogamizi zihoraho, cyane cyane izo dushobora gukosora mu bubasha bwacu.”

    Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Iterambere, IDA, ryashinzwe mu 1960, ku ntego yo gutera inkunga, gutanga inguzanyo no kwegereza serivisi z’imari ibihugu bikennye ku Isi n’ibiri mu nzira y’Amajyambere. Icyicaro gikuru cya IDA, giherereye i Washington DC, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Perezida Kagame yavuze ko hari inzitizi zimwe Abanyafurika baba bafite ubushobozi bwo kwikuriraho ubwabo

    Perezida Kagame yavuze ko Umugabane wa Afurika ukwiye gushyira imbaraga mu by’ingenzi kurusha ibindi birimo urwego rw’ubuzima n’uburezi

    Perezida Kagame yitabiriye inama ya IDA20 yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

    Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, ni umwe mu batanze ikiganiro muri iyi nama

    Perezida wa Sénégal, Macky Sall, na we yitabiriye inama ya IDA20

    Inama ya IDA20 yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu bitandukanye

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Hari inganda zizakomeza gukora muri Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana

    Uretse abakorera mu isoko kandi na bo bacuruza ibiribwa, n’abakora ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli (Petrol), hamwe n’abacuruza imiti (Pharmacy) ndetse n’ibindi bicuruzwa bikenerwa mu rugo byemejwe, bazaba bemerewe gukora mu gihe cya Guma mu Rugo, abandi bose bazaba bahagaze kugira ngo hubahirizwe ingamba nshya zo kwirinda covid-19.

    Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iravuga ko kugira ngo imibare y’abandura idakomeza kwiyongera, abemerewe gukora basabwa gukoresha 30% by’abo basanzwe bakoresha, kandi bakazajya bafunga ibikorwa byabo guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba ku buryo saa kumi n’ebyiri bazajya baba bageze mu ngo zabo.

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana, avuga ko hari umwihariko w’inganda zimwe na zimwe zizakomeza gukora.

    Ati “Ntabwo ari inganda zose, nta n’ubwo ari inganda zose mu bikoresho by’ibanze, ahubwo n’inganda zabyemerewe na Minisiteri, kuko ikigamijwe ni ukugira ngo tugabanye urujya n’uruza ariko noneho habayeho kwitwararika kugira ngo inganda zikora nk’ibitunganya ku biribwa, izikora ibintu byangirika vuba, inganda nkeya mu bikora ibikoresho by’ubwubatsi, zibashe kuba zakomeza gukora”.

    Ngo ntabwo izo nganda zizatonda kuri polisi kugirango zisabe uruhushya rwo gukomeza gukora ahubwo bazandika basaba ubusabe ku mbuga nkoranyambaga za minisiteri no ku mirongo ya terefone bazamenyeshwa mu itangazo kugira ngo babashe kwakirwa gusuzumwa no kwemezwa.

    Mu gihe cya Guma mu Rugo abacuruzi barashishikariza gutekereza uburyo bazakoramo ubucuruzi bwabo mu gihe bazaba bagarutse, mu buryo bushoboka bwose bari hanze ahantu hafunguye, harangaye hari umuyaga ku materasi cyane cyane nka za restaurant, cyangwa za café pub bakagira ahantu bicara hanze byose bikareberwa mu gikorwa cyo kugira ngo ubucuruzi bwabo buzakomeze, kubera ko icyorezo kigihari kandi ubucuruzi bugomba gukomeza.


  • Minaloc yasabye abaturage kwita kuri bagenzi babo bazagorwa n’imibereho muri Guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Ibi Minisitiri Gatabazi yabigarutseho kuri uyu wa 15 Nyakanga 2021 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.

    Yavuze ko mbere yo gushyiraho Guma mu rubo Leta yabanje gutekereza ku bijyanye n’uko abazaba batagikora bazabaho.

    Ati “Abaturage bagize ubwoba bw’uko babaho, Leta yatekereje uko bafashwa. Hari amakosa yagaragayemo mu gutanga ibiryo, ubu byarakosowe kugira ngo abafite ikibazo cyo kubona icyo barya muri Kigali n’ahandi, barebe uburyo abatishoboye bafite ubushobozi buke bashobora kuba bafashwa muri iyo minsi icumi, ubuzima bugakomeza.”

    Yakomeje avuga ko hari gukorwa ubukangurambaga kugira ngo iyi gahunda yo gufasha abatishoboye mu bihe bya Guma mu Rugo yinjiremo n’abafatanyabikorwa.

    Ati “Twashishikarije n’uturere gukorana inama n’abafatanyabikorwa bayo barimo amadini n’amatorero, abikorera kugira ngo bunganirane na Leta mu gufasha abaturage.”

    “Mu muco wa Kinyarwanda niba ufite uwo duturanye adafite ubushobozi kandi njye mbufite, kumufasha ni umuco wa Kinyarwanda. Ufite uwo yafasha amufashe ku buryo nta muturage wicwa n’inzara kuko dufite ikibazo.”

    Muri iyi gahunda biteganyijwe ko hazatangwa ibiryo birimo akawunga, ibishyimbo n’umuceri ku baturage bagera ku 211 000. Bizatangwa hakurikijwe umubare w’abagize umuryango. Minisitiri Gatabazi yavuze ko ibi biryo bigenwa hakurikijwe intungamubiri umuntu akenera ku munsi.

    Yavuze ko kuba Guma mu Rugo yaratangajwe mbere ho iminsi ibiri ngo itangire gushyirwa mu bikorwa byari bigamije gufasha abakeneye kwitegura mu buryo butandukanye.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije na we wari muri iki kiganiro yavuze ko icyemezo cya Guma mu Rugo cyafashwe nyuma yo kubona ko ubwandu bwa COVID-19 buri kugenda bufata indi ntera kandi ingamba zari zafashwe zikaba zitaratangaga umusaruro mu buryo buhagije.

    Iyi gahunda ya Guma mu Rugo ireba uturere tugize Umujyi wa Kigali n’utundi turimo Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro. Uretse utu turere biteganyijwe ko utundi twose tuzakomeza kubahiriza gahunda ya Guma mu Karere.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko Leta yashyizeho uburyo abaturage bazafashwa kubona ibyo kurya muri Guma mu rugo