Tag: featured

  • Covid-19: EU yakuye u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo bemerewe kujya i Burayi – #rwanda #RwOT

    Uru rutonde ruvugururwa buri gihe, nirwo ahanini rugenderwaho n’ibihugu by’i Burayi mu gihe bifata umwanzuro ku baturage b’ibihugu by’amahanga bashobora kwemererwa kubitemberamo bitewe n’uko ibihugu byabo biri guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

    U Rwanda ruvanywe kuri uru rutonde nyuma y’uko guhera muri Kamena uyu mwaka, imibare y’abandura Covid-19 ikomeje kwiyongera. Mu byumweru bibiri bishize, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ubu bwiyongere ahanini buri guterwa na virus yo mu bwoko bwa Delta yamaze kugera mu gihugu.

    Ubu bwoko bwa virusi bwandura ku kigero cyo hejuru ugereranyije n’ubwoko bwa Covid-19 bwari busanzwe.

    Mu gihe u Rwanda rwakuwe ku rutonde rwa EU, igihugu cya Ukraine cyo cyongeweho.

    Urutonde rwa EU rw’ibihugu abaturage babyo bashobora kwemererwa kugenderera u Burayi rwaherukaga kuvugururwa muri Gicurasi uyu mwaka.

    Ahanini rushingira ku makuru y’uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu gihugu runaka n’ingamba zihari zo guhangana nacyo, ubwizerwe bw’amakuru ya Covid-19 icyo gihugu gitangaza n’ibindi.

    Muri Kamena umwaka ushize nibwo urwo rutonde rwatangiye gukoreshwa, rukaba rugamije guha amakuru ibihugu bigize EU mu gihe bishaka gukomorera abanyamahanga bashaka kubijyamo mu ngendo zisanzwe.

    Ntabwo urutonde rw’ibihugu rwatanzwe na EU ari ihame ko ibihugu bigize uwo muryango birwubahiriza. Mu bushishozi bwabyo bishobora kwemera cyangwa ntibyemerere abaturage b’igihugu runaka kubitemberamo kabone nubwo cyaba kiri ku rutonde.

    Icyakora, nta gihugu kinyamuryango cya EU cyemerewe guha ikaze abaturage b’igihugu kitagaragaye ku rutonde hatabanje kubaho ibiganiro n’izindi nzego zigize uwo muryango.

    U Rwanda rwakuwe ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo bemerewe kujya i Burayi mu gihe batagiye muri gahunda zidasanzwe

  • Urubyiruko rwashashe inzobe ku buringanire, rusaba Leta kurufata nk’umusingi w’iyi gahunda – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15 Nyakanga 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga, urubyiruko ruhuriye muri uyu muryango n’abandi batumirwa, bagiranye ibiganiro byagarutse ku nsanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’urubyiruko mu kumva neza ihame ry’uburinganire”.

    Ibi biganiro byayobowe na Reuben Mugisha ari na we washinze uyu muryango na Dr. Chaste Uwihoreye na we uyobora umuryango utari uwa leta wita ku bana n’urubyiruko wa UYISENGA NI MANZI (UNM).

    Urubyiruko rwari rwitabiriye ibi biganiro rwabajijwe uko rwumva ijambo Uburinganire ndetse n’uko rubona umunyaryango nyarwanda wumva, ukanashyira mu bikorwa ihame ry’uburinganire.

    Dushime Benigne yavuze ko yumva uburinganire ari uguha abagabo n’abagore amahirwe angana.

    Ati “ijambo uburinganire numva ari uguha amahirwe angana buri wese hatitawe ku gitsina cye, cyangwa ngo bamwe bumve ko imirimo runaka igenewe igitsina gore cyangwa gabo. Hari abantu bacyumva nabi iri hame aho usanga mu byaro abagabo barahariye ibikorwa by’ubuhinzi abagore, ibintu bidindiza iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire”.

    Ngabo Valery we asanga ibikidindiza ihame ry’uburinganire harimo n’imiryango abantu bavukiyemo itubahiriza ihame uko bikwiye.

    Ati “Hari abana bavukira mu miryango aho umugabo akandamiza akanavunisha umugore, ibi bizatuma wa mwana abikurana yumva ko ariko bigenda”.

    Batamuriza Donatha we asanga hari abagore bumvise ihame ry’uburinganire nko kwigaranzura abagabo, maze bigatuma bahohotera abagabo babo, ibintu bidindiza iterambere ry’umuryango.

    Yagize ati “Kera abagore n’abakobwa barahezwaga, bafatwaga nk’abadashoboye ariko ubu bahawe umwanya n’ijambo, hari abagore bamwe usanga bahohotera abagabo babo, maze gutinya ko sosiyete ibita inganzwa abagabo bagapfira mu ruhu, ntibajye kurega. Abanyarwanda bakwiye kumva ko uburinganire atari ukwigaranzura, ahubwo ko ari ugutanga amahirwe angana”.

    Uru rubyiruko rwavuze ko rusanga ari rwo rukwiye gufata iya mbere mu kwigisha abandi ihame ry’uburinganire, babiheraho basaba bagenzi babo, kwifashisha ikoranabuhanga rigezweho nk’imbuga nkoranyambaga mu kwigisha abatarabyumva, cyane cyane abo mu bice by’icyaro.

    Kamaro Moise wari muri ibi biganiro yagize ati “Urubyiruko rukwiye kubyaza amahirwe ikoranabuhanga u Rwanda rwateje imbere, dukwiye kuba ari twe dufata iya mbere mu kwigisha abandi batarabyumva, hari benshi muri twe tucyumva ko uburinganire bureba abagabo n’abagore gusa”.

    Uru rubyiruko rwasabye Leta ko mu byo ikora byose ngo ihame ry’uburinganire ryumvikane hakwiye kurebwa ku rubyiruko, kuko ari rwo Rwanda rw’ejo kuko hatitawe ku bakiri bato bazakura iri hame ritarumvikana. Bakanasaba ko uko hashyirwaho andi matsinda nk’ayita ku bidukikije n’arwanya ibiyobyabwenge hashyirwaho n’afasha urubyiruko kumva neza ihame ry’uburinganire.

    Dr. Chaste Uwihoreye, uyobora umuryango utari uwa leta wita ku bana n’urubyiruko wa UYISENGA NI MANZI (UNM), yasabye uru rubyiruko kuba imbarutso ku bandi mu kumva neza ihame ry’uburinganire.

    Ati ”Mugira amahirwe mwe mwavutse u Rwanda ruha amahirwe angana abakobwa n’abahungu, mukwiye kubyaza umusaruro ayo mahirwe, igihugu cyacu kirafatwaho urugero n’amahanga mu kwimakaza uburinganire. Mufashe abatarabyumva kubyumva, mwifashishe ikoranabuhanga rigezweho mwigisha abandi aho muba n’aho mugenda.”

    Mugisha Reuben washinze akaba n’umuyobozi wa Are Hope Organisation, yasabye urubyiruko kubashyigikira.

    Ati “Twagize igitekerezo cyo gutangiza uyu muryango kugira ngo dutange umusanzu wacu mu kwigisha urubyiruko, bagenzi bacu ni badufashe muri uru rugendo, ariko n’abandi na bo badushyigikire uko bashoboye mu buryo bumwe cyangwa ubundi”.

    Are Hope Organisation yateguye ibi biganiro ni Umuryango Nyarwanda utegamiye kuri leta kandi udaharanira inyungu. Watangijwe n’urubyiruko muri Gicurasi 2020, utangirana n’abantu babiri Mugisha Reuben na Ingabire Alice, hagamijwe gufasha urubyiruko gusobanukirwa neza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, kwigisha urubyiruko umuco n’amateka by’u Rwanda, uburere mboneragihugu ndetse no gukoresha neza ikoranabuhanga rwihangira imirimo.

    Are Hope Organisation ni umuryango nyarwanda uhuriza hamwe urubyiruko kugira ngo rwishakemo ibisubizo by’ibibazo byugarije sosiyete

    Mugisha Reuben washinze akaba n’umuyobozi wa Are Hope Organisation, yasabye urubyiruko gutanga umusanzu warwo muri gahunda y’uburinganire

    Ibi biganiro byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

    Ibi biganiro byateguwe n’abagize Are Hope Organisation

    Ibi biganiro byateguwe n’abagize Are Hope Organisation

  • Kutarya avanse no kuzibukira irari: Ibikubiye mu mfashanyigisho nshya y’abitegura kurushinga – #rwanda #RwOT

    Iterambere ry’urugo ntirigirira inyungu umugabo n’umugore n’abana babo gusa, rinagera ku gihugu kuko bigira ingaruka ku gutegura ahazaza hacyo.

    Uyu munsi wa none, urugo rufatwa nk’inkingi ikomeye umuryango utekanye wubakiraho, rwajemo agatotsi ahanini kubera gatanya zivugwamo.

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) yerekanye ko mu 2019, imiryango 8941 mu Rwanda yatandukanye byemewe n’amategeko. Iyo ni iyamenyekanye, bivuze ko ishobora kuba ari myinshi.

    Imwe mu mpamvu zikomeye zitungwa agatoki ku bwiyongere bwa gatanya zirimo no kuba abagiye kurushinga badategurwa neza.

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Prof Bayisenge Jeannette, yabwiye IGIHE ko umushinga wo kubaka urugo ukwiye kwiganwa ubushishozi.

    Ati “Usanga hari ingo nyinshi, aho bamarana amezi atatu, ane bakaba barabanye; ubwo se koko uba ugiye mu mushinga w’ubuzima bwose? Kubaka urugo si nko kujya gushaka akazi. Akazi ushobora kukageramo ukabona ntukishimiye, umukoresha ntumwishimiye, abo mukorana ntubishimiye cyangwa ukabona ahandi uzahembwa menshi kurushaho ukavuga ngo ndagahinduye. Urugo rero si uko bimeze, ni umushinga w’ubuzima bwose.’’

    MIGEPROF yaciye undi muvuno mu kwigisha abitegura kurushinga

    Mu guhangana n’ikibazo cy’abajya mu ngo batariteguye neza, MIGEPROF n’izindi nzego za Leta, imiryango yigenga n’ishingiye ku myemerere bateguye imfashanyigisho itegura abagiye gushyingirwa no gufasha imiryango yarushinze.

    Iyi mfashanyigisho yiswe “TWUBAKE URUGO RWIZA” igaruka ku ngingo zirimo ibyo kwitwararika mu gihe cyo kurambagizanya ku nkumi n’umusore n’imyitwarire ikwiye ku bageze mu rugo.

    Yagenewe abiyumvisemo umuhamagaro wo gushyingiranwa kandi batangiye kwitegura n’ababana nk’umugabo n’umugore. Ihera ku kurambagizanya, kuganira ku iterambere, umubare w’imbyaro, amashuri y’abana, imicungire y’umutungo, gufatanya imirimo n’izindi nshingano.

    Ibyo kwitwararika mu kurambagizanya

    Umusore n’inkumi bitegura kurushinga bagirwa inama yo kwigengesera mu rugendo rwo kubaka umuryango.

    Iyi mfashanyigisho ikebura aba bombi kwitwararika no kugendera kure imico yacogoza uwo mubano irimo no gusaba avanse [kuryamana abantu batarabana].

    MIGEPROF ivuga ko ibishobora kubangamira irambagiza bikwiye kwirindwa.

    Ingingo imwe igira iti “Mu gihe cyo kurambagizanya, umukobwa n’umuhungu bagomba kwirinda ibikorwa byose n’imigenzo mibi byabagiraho ingaruka. Urugero nko kwishora mu busambanyi (kurya ubukwe bubisi), kwirinda irari, kwiyandarika… bagomba kuyoborwa n’urukundo nyarwo, aho kuyoborwa n’irari.’’

    Ivuga kandi ku ndangagaciro zikwiye kubaranga zirimo kugira urukundo nyarwo no gukomeza kurusigasira, kugira ibanga ry’urugo, kuvugisha ukuri no kugira ikinyabupfura.

    Abifuza gushyingirwa kandi basabwa kugendera kure ibizira bishobora kubasenyera birimo guhohotera uwo mwashakanye, guta urugo, kumva amabwire no kwishora mu businzi no mu biyobyabwenge.

    Abanyamadini na sosiyete sivile bagumanye inshingano zo gutegura abagiye kurushinga

    Minisitiri Prof Bayisenge Jeannette yavuze ko iyi mfashanyigisho izajya itangwa mu mezi atandatu ndetse abamaze guhugurwa bagahabwa impamyabushobozi.

    Ati “Ushobora guhugurwa mu idini usengeramo, udafite idini nawe tumufasha gushaka sosiyete sivile zafata iyo nshingano yo kumuhugura, ndetse tukongera no gushyira imbaraga mu buryo bigishwa no ku Murenge kugira ngo aho hose turebe ko umuntu ajya mu kintu azi neza n’inshingano zimutegereje.’’
    Bitewe n’imiterere y’urugo, iyi mfashanyigishisho ntizagarukira gusa ku gutegura abagiye kurushinga, ahubwo izanakurikirana abageze mu rugo.

    Yakomeje ati “Harimo ibijyanye n’uko muganira, kurera abana, kuganira ku mitungo n’ibindi. Umuntu wese utarinjira neza mu rugendo rwo kurushinga iyi mfashanyigisho ishobora kumuyobora neza.

    Ku ruhande rw’imiryango itari iya Leta, Umuyobozi ushinzwe kongera ubushobozi mu Mpuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, Nkundimfura Rosette, yavuze ko kuba haragiyeho imfashanyigisho yo kwigisha abagiye kubana bizafasha kugira umuryango utekanye.

    Yagize ati “Bigiye gutuma umuntu ugiye kubaka urugo yumva neza icyo agiye gukora kuko mu rugo ntabwo ari ukujya kuryoshya gusa. Iyo ugiye gushinga urugo hari inshingano uba ufite ndetse n’ubundi burenganzira uba ugiye guhabwa, ibyo bintu byose ugomba kubifatira hamwe ukajya gushaka uzi inshingano zawe. Bizatuma yaba umuhungu n’umukobwa basobanukirwa inshingano z’urugo.’’

    Umwanditsi w’ibitabo byibanda ku kubaka umuryango akaba n’umwe mu bateguye iyo mfashanyigisho, Padiri Amerika Victor, yavuze ko gushyiraho ihamye bizatuma habaho guterurira hamwe mu kubaka umuryango.

    Ati “Amadini asanzwe abikora ariko ubwo abonye imbaraga za Minisiteri bafatanye, bigishe abagiye kubana..babikoraga buri wese yirwanaho bitewe n’ibyo agomba kubigisha. Ni byiza rero ko abantu bahuriza hamwe bakagira icyo bigishwaho kuko umuryango ari umwe.”

    Yavuze ko bitanagomba kurangirira mu kwigisha abagiye kubana gusa ahubwo ko hakwiye kubaho n’uburyo bwo kubaherekeza bamaze kurushinga.

    Yasabye ko byashyirwamo imbaraga cyane aho gutegereza kwigisha abantu ku munsi w’ubukwe kuko mu birori abageni bataba bari gukurikira ibyo bigishwa.

    Imfashanyigisho yateguwe hagamijwe gushyira mu bikorwa umwanzuro w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17 yo mu Ukuboza 2019 wasabye ifatwa ry’ingamba zo gutegura neza abagiye gushyingirwa no guherekeza ababana nk’umugabo n’umugore hagamijwe kubaka umuryango utekanye.

    Ku bitegura gushyingirwa, inyigisho zizatangwa mu mezi atandatu mbere yo gushyingirwa, hagamijwe kubaha umwanya uhagije wo kumenyana no gusobanukirwa uburenganzira n’inshingano biyemeje.

    Igihe cyo kwigishwa gishobora kugabanywa bitewe n’impamvu zumvikana z’abagiye gushyingirwa; urwego rubategura rushobora kukigabanya ariko bagakomeza gukurikiranwa nyuma yo gushyingirwa.

    MIGEPROF yashyize hanze imfashanyigisho ikubiyemo impanuro zigenewe abitegura kurushinga

  • Rutsiro: Umugabo wakubise umugore bikamuviramo urupfu yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’urupfu rw’uwo mugore yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, tariki 14 Nyakanga, ubwo yagwaga mu Bitaro bya Gisenyi hakabura.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru, avuga ko abakekwaho iki cyaha bahise bafungwa.

    ati “Hafashwe abagabo babiri barimo ukurikiranyweho icyaha cyo gukubita umugore we bikamuviramo gupfa, bikaba byari bishingiye ku makimbirane yo mu muryango, naho Harerimana akurikiranyweho kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome.”

    Yakomeje avuga ko abafashwe bafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ikorwe ishyikirizwe ubushinjacyaha.

    Dr. Murangira yasabye abantu kurangwa n’ubworoherane, mu gihe habaye amakimbirane, abantu bakegera abayobozi bakabafasha aho kwihanira.

    ingingo ya 121 y’itegeko N 068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu uwahamijwe icyo cyaha ahanishwa Igifungo kitari munsi y’imyaka 15 ariko kitarenze imyaka 20 n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni 5,000,000 Frw ariko atarenze Miliyoni 7,000,000 Frw.

    Naho Kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye gihanwa n’ingingo ya 243 y’iri tegeko, ugihamijwe agahanishwa Igifungo kirenze umwaka ariko kitarenze imyaka ibiri, n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 300,000 FRW ariko atarenze 500,000 Frw.

    RIB yataye muri yombi umugabo wakubise umugore we bikamuviramo urupfu

  • Nyiragongo yahombeje u Rwanda miliyari 36 Frw, ibitaro bya Gisenyi bigomba kwimurwa – #rwanda #RwOT

    Hagati ya tariki 22 Gicurasi na tariki 7 Kamena, ni hafi iminsi 15 ariko yabeyere imyaka nka 15 abatuye Rubavu, Goma n’ibindi bice bihegereye nyuma y’iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo cyabiherukaga mu myaka 19 ishize.

    Minisiteri ishinzwe Ubutabazi yashyize hanze raporo y’ingaruka z’iruka ry’icyo kirunga ku Rwanda ndetse igaragaza n’ikiguzi bisaba ngo ibyangijwe bisubizwe mu mwanya, ibidashoboka bisimbuzwe.

    Iyo raporo yakozwe n’inzobere zitandukanye, igaragaza ko ibyangijwe ku ruhande rw’u Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu bifite agaciro ka 36.650.606.036 Frw. Ni mu gihe hakenewe 91.430.692.055 Frw ngo hubakwe cyangwa hasanwe ibyangijwe.

    Mu bijyanye n’ubuzima, ibyangiritse byabariwe agaciro ka 45.696.072 Frw. Mu bikeneye gukorwa muri urwo rwego, harimo kwimura Ibitaro bya Gisenyi kuko aho biherereye hashobora kwibasirwa isaha n’isaha, kongerera ubushobozi Ikigo Nderabuzima cya Kibali n’ibindi.

    Mu rwego rw’uburezi habazwe ibyangiritse bifite agaciro ka 39.830.682 Frw. Ibyo birimo amashuri atandatu yangiritse arimo ane yafunze imiryango n’ibindi.

    Ku bijyanye n’ubucuruzi muri Rubavu, raporo igaragaza ko igihombo Nyiragongo yateje kingana na 477.606.000 Frw. Iki gihombo gituruka mu biribwa bibora byangiritse kandi byari bitegereje koherezwa mu mahanga, igihombo ku bacuruzi bakoraga ubucuruzi bwambukiranya imipaka n’abacuruzi boherezaga ibicuruzwa byabo i Goma batishyuwe.

    Hari kandi ibicuruzwa byangirikiye mu bubiko n’igihombo ku bacuruzi byabaye ngombwa ko bimura ibicuruzwa byabo bakajya kubibika ahandi, ibihombo ku masoko, amabagiro n’abandi bamaze igihe badakora, amahoteli n’amacumbi byafunze imiryango n’ibindi.

    Kugira ngo ubucuruzi i Rubavu bwongere kwegura umutwe, inzobere zigaragaza ko hakenewe 4.026.409.000 Frw yo gufasha no kuziba icyo cyuho cyabonetse.

    Uko imitingito yarushagaho gukomera, ni ko inzu zagwaga muri Rubavu n’ahandi hafi. Ababyibuka neza, uwararaga mu nzu cyangwa akayirirwamo yafatwaga nk’umwiyahuzi. Hagaragajwe ko agaciro k’izo nzu zangiritse ari 10.547.750.000 Frw.

    Nko ku nzu zo guturamo, izangiritse zabariwe agaciro ka 5.702.850.000 Frw, amavuriro n’ibitaro byangiritse bifite agaciro ka 1.356.750.000 Frw, ibikorwaremezo by’amashuri bifite agaciro ka 1.998.150.000 Frw, inyubako za Leta zifite agaciro ka 266.250.000 Frw, inyubako z’ubucuruzi zangiritse zifite agaciro ka 1.220.000.000 Frw mu gihe insengero zifite agaciro ka 3.750.000 Frw.

    Mu nama inzobere zakoze raporo zitanga harimo kubaka no gusana inzu zangiritse, kwimura abatuye mu duce twangijwe cyane n’imitingito bagatuzwa mu midugudu igezweho, kongera kubaka ibikorwaremezo by’inzego z’ubuzima n’uburezi byangiritse n’ibindi.

    Ku bijyanye n’ibidukikije, iruka rya Nyiragongo ryangije ibifite agaciro ka 23.161.900.000 Frw. Harimo nka hegitari eshanu z’ubutaka buhingwa zangijwe n’amahindure, imyaka y’abahinzi yangiritse, hegitari 40 z’ubutaka bwiyashije kubera imitingito n’ibindi.

    Mu nama zatanzwe muri urwo rwego harimo gutera ibiti hafi y’ahagiye hiyasa, kuvugurura igishushanyombonera cy’imikoreshereze y’ubutaka muri Rubavu n’ibindi.

    Mu bijyanye n’ibikorwaremezo byo gutwara abantu n’ibintu byangiritse harimo imihanda yasadutse kubera imitingito nko mu masangano y’imihanda ku Bitaro bya Gisenyi, umuhanda Musanze –Rubavu n’indi.

    Muri rusange raporo ivuga ko Guverinoma y’u Rwanda ikwiriye kwimura gahoro gahoro abaturage bafite inzu zangiritse cyane cyane iziherereye ahantu hari ubutaka bwiyashije (bwasadutse), kwihutira gusana imiyoboro y’amazi yangiritse i Rubavu no mu nkengero zayo, gukora igenzura ku ndwara zaba ziterwa n’amazi yandujwe n’iruka rya Nyiragongo.

    Leta kandi yasabwe kugenzura ahantu hagiye hiyasa kubera imitingito n’ingaruka bishobora guteza, kongerera igihugu ubushobozi kugira ngo cyubake uburyo bwo kugenzura no kwitegura mu gihe haba habaye iruka ry’ikirunga cyangwa imitingito, gushakisha ubushobozi bwo gusana ibyangiritse ndetse no kubaka ubwirinzi.

    Inzu nyinshi muri Rubavu zangijwe n’imitingito yakurikiye iruka rya Nyiragongo

    Ibikorwa by’ubucuruzi byamaze iminsi bifunze ari nako inzu z’ubucuruzi zimwe na zimwe zisenyuka

    Amashuri atandatu i Rubavu yangijwe bikomeye n’umutingito

    Inzu nyinshi muri Rubavu zarashegeshwe

    Muri Kamena 2021 ubwo Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi bitegerezaga umuhanda wacitsemo kabiri i Rubavu kubera imitingito

    Hegitari eshanu z’ubutaka zangijwe n’amahindure yamanukaga avuye muri Nyiragongo

  • Leta ivuga iki ku bashaka ko abaturage babana na COVID-19 ubuzima bugakomeza? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel

    Muri icyo kiganiro, abanyamakuru babajije ibibazo bitandukanye birebana na Covid-19, uko virusi yayo ikomeza kwihinduranya, niba inkingo za Covid-19 zatuma abantu badakomeza kuyandura n’ibindi.

    Umwe muri abo banyamakuru yarabajije ati, “Ese kuki impuguke mu buzima mutashaka uko abaturage babana n’izo virusi, ubuzima bugakomeza?”

    Mu gusubiza icyo kibazo, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko hari impungenge mu gihe abantu bakwemera kubana n’izo virusi za Corona zihinduranya kuko ngo imibiri y’abantu ntizakira ku buryo bumwe kandi hari n’ubwo hazaza izikomeye cyane kurusha iziriho ubu.

    Yagize ati “Abantu babana na zo, ariko mu kubana na zo hari abapfa, nanakubwiye nti duhisemo ngo tubane na yo, jye nawe, waba uzi uko biza kukugendekera cyangwa njyewe ninyandura? Kuko tubanye na yo tudapfa ni ikindi kibazo. Kubana na yo turimo gupfa n’abato batangiye gupfa, nibaza ko atari cyo gisubizo twatanga, ntabwo ari wo murongo twafata nk’igihugu”.

    Minisitiri Ngamije yongeyeho ko hari abantu benshi babanje gukerensa indwara ya Covid-19 ariko ubu bakaba batangiye guhindura imyumvire, babona ko iyo ndwara ikaze, kandi ngo iranakaze koko.

    Kuko ngo ntawushobora kumenya uko Virusi zihinduranya n’urwego zishobora kuza mu gihe kizaza zizaba zikazeho, ngo ibyiza ni gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda.

    Yagize ati “None turimo kuvuga buriya bwoko bwihinduranyije bwo mu Buhinde cyangwa se ‘Delta variant’ ejo se hazaza ubuhe, bukaze gute se? Twumva rero icyiza ari uko tuguma ku mahame y’ibanze, kwirinda kwandura no kwanduza no gufata ibyemezo byatuma tutagera aho hose, aho inzego z’ubuzima zananirwa kuvura n’umuntu ukeneye kuvurwa, ahubwo tureba ukuntu twagabanya kwanduzanya hagati y’Abanyarwanda ni cyo gituma na Guverinoma yafashe kiriya cyemezo (guma mu rugo mu bice bimwe na bimwe).”


  • U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi zivuye muri Libya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    MINEMA ibinyujije kuri twitter yatangaje ko impunzi zageze mu Rwanda zigomba gupimwa COVID-19, bamara kubona ibisubizo bakazasanga abandi baje mbere bari mu nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu Karere ka Bugesera.

    Isobanura ko impunzi zitegereza ibisubizo bya COVID-19 zicumbikiwe muri hoteli zabugenewe mu gihe bategereje ibisubizo bashobore guhuzwa n’abandi mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.

    Impunzi zageze mu Rwanda, zakiriwe n’itsinda ry’abakozi ba Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ndetse n’ab’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ku kibuga cy’Indege i Kanombe.

    Impunzi z’abimukira zikurwa mu gihugu cya Libya zikazanwa mu Rwanda zicumbikirwa mu nkambi ya Gashora mu Karere ka Bugesera aho bamwe bakomereza mu bihugu byemera kubakira.

    Iki cyiro cya mbere cy’impunzi 66 zivuye muri Libya zageze mu Rwanda mu kwezi kwa Nzeri 2019, barimo abana badafite ababo, abagore n’abandi bababaye kurusha abandi.

    U Rwanda nicyo gihugu cyafashe iya mbere mu kugaragaza ubushake mu kwakira aba bimukira bari babayeho nabi nyuma yo kubura inzira ibajyana i Burayi.

    Ishyirahamwe mpuzamahanga ryita ku mpunzi 2019 ryagaragaje ko abimukira babarirwa mu bihumbi 2 bakeneye gutabarwa aho bafungiye mu mijyi itandukanye y’igihugu cya Libya, harimo Tripoli yari ifite ibigo bifungiwemo abimukira b’abirabura bo muri Afurika.

  • Rayon Sports na Mukura VS zatangaje abatoza bashya bazazitoza muri uyu mwaka w’imikino #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane amakipe ya Rayon Sports ndetse na Mukura VS zatangaje abatoza bashya bazaziztoza mu mwaka w’imikino wa 2021/2022, abatoza bombi bananyuze muri aya makipe

    Masudi Djuma agarutse muri Rayon Sports

    Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko Masudi Djuma wakiniye igihe kinini iyi kipe ndetse akanayibera kapiteni, akaza kuyibera umutoza aho yayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona ndetse n’igikombe cy’Amahoro, ari we uzayitoza mu gohe cy’imyaka ibiri y’imikino.

    Masudi Djuma yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports

    Masudi Djuma yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports

    Mukura nayo yatangaje Ruremesha Emmanuel nk’umutoza mushya

    Ikipe ya Mukura yatangaje ko mu mwaka w’imikino ugiye kuza umutoza mukuru azaba ari Ruremesha Emmanuel, akazungirizwa na Nshimiyimana Canisius, umutoza w’abanyezamu azakomeza kuba Ndaruhutse Theogene, naho umutoza ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi azaba ari Hakizimana Jean Baptiste.

    Ruremesha Emmanuel ni we mutoza mukuru

    Ruremesha Emmanuel ni we mutoza mukuru

    Hakizimana Jean Baptiste azaba ashinzwe kongerera ingufu abakinnyi

    Hakizimana Jean Baptiste azaba ashinzwe kongerera ingufu abakinnyi

    Nshimiyimana Canisius azaba ari umutoza wungirije

    Nshimiyimana Canisius azaba ari umutoza wungirije

  • Ndimbati wahoze mu gisirikare, ati “Intego kwari ukubohora u Rwanda” #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Benshi batangajwe no kumva ko yahoze ari umusirikare. Ku itariki 4 Nyakanga 2021, ubwo u Rwanda rwizihizaga kwibohora ku nshuro ya 27, Ndimbati yagaragaje ifoto ye ya kera, yambaye imyenda ya gisirikare ayishyira ku mbuga nkoranyambaga (Instagram) agira ati, “Intego kwari ukubohora u Rwanda”.

    Kuko iyo foto yatumye abantu benshi bibaza ku mateka ya Ndimbati, ubundi uzwi mu mafilimi yo gusetsa. Kigali Today yavuganye na Ndimbati avuga gato ku bijyanye n’uko yagiye ku rugamba rwo kubuhora u Rwanda.

    Ndimbati avuga ko ubundi avuka ahitwa i Nyarusange, mu cyari Komini ya Mushubati mu cyari Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Karere ka Muhanga. Aho ni ho yavuye ajya gufatanya n’abandi ku rugamba rwo kubohora u Rwanda.

    Yagize ati, “Nk’urubyiruko nk’abandi bose bari bahangayikishijwe n’uko kubohora igihugu byari bigejeje igihe, twaragiye hanyuma tugira amahirwe, Imana iradufasha, tubona turarubohoye. Nari mfite imyaka y’urubyiruko nyine, navuye mu Rwanda mu 1989, icyo gihe ninjiriye mu Burundi, nyuma nza gukomereza mu gihugu cya Uganda ni ho ninjiriye mu gisirikare”.

    Ndimbati avuga ko n’ubwo umuryango we ku ruhande rumwe utari mu bwoko bwatotezwaga wenda ngo bibe ari byo byatumye yiyemeza kujya ku rugamba, ariko ngo kuko yari mukuru ibyabaga byose yarabirebaga, ibyavugwaga byose yarabyumvaga.

    Ndimbati ati “Icyo gihe nari mfite abantu benshi tubana, tuvugana, tuzi ibibazo bihari, kandi tubizi kimwe, kandi muri iyo myaka bamwe baragendaga. Ariko ntibyoroshye nyuma yo kugenda byaje kumenyekana, umuryango wanjye ugira ibibazo, mbese ni inzira ndende”.

    Hari ababonye iyo foto Ndimbati yashyize kuri Instagram bakavuga ko ngo yari mu ngabo zitwaga ‘Inzirabwoba’ cyangwa se ‘EX-FAR’ (izi zikaba ari izahoze ari ingabo z’u Rwanda zatsinzwe) bitewe n’imyenda babona yari yambaye. Ndimbati avuga ko abo ari abavuga ibyo bishakiye, kandi bakavuga ibyo batazi, kuko ngo bitewe n’uko byari bimeze icyo gihe, iby’imyenda ntacyo byabaga bivuze, kuko n’umuntu yashoboraga kuba yambaye imyenda ya gisivili kandi ntibimubuze kuba ari umusirikare.

    Nyuma yo kubohora u Rwanda mu 1994, ngo ntiyahise ava mu gisirikare kuko n’ubundi ngo hakurikiyeho intambara y’abacengezi, hanyuma yasubiye mu buzima busanzwe mu 1999.

    Ndimbati yagiye mu gisirikare ari mukuru ndetse yaranashatse afite umugore, kandi yagize amahirwe uwo mugore yari yarashatse, ngo ni we bakiri kumwe na n’ubu.

    Ubu Ndimbati ari mu buzima busanzwe, yikinira amafilimi abantu benshi bamuzimo asetsa, ariko ngo umunsi akunda kandi yubaha kurusha indi ni umunsi wo ku itariki 4 Nyakanga, kuko utuma asubiza amaso inyuma akibuka ibintu byinshi yanyuzemo, nyamara n’ubu Imana ikaba ikimurinze.

    Ubu atuye mu Mudugudu wa Karama, Akagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, mu nzu avuga ko yahawe na Perezida wa Repubulika amwimuye ahitwa ku Kimisagara, kuko ngo hari mu manegeka.

    Ubutumwa aha urubyiruko, ngo nibakunde igihugu cyabo cy’u Rwanda, kuko igihugu ni umurage batahabwa n’undi muntu uwo ari we wese.

    Reba ibiganiro Ndimbati yigeze kugirana na KT Radio asobanura byinshi ku buzima bwe

  • Minisitiri Ngamije yagaragaje ko Guma mu Rugo igiye gufasha Leta kongera imbaraga mu kurwanya COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Nyakanga 2021 niyo yafashe umwanzuro wo gushyira muri Guma mu Rugo Umujyi wa Kigali n’uturere umunani turi kugaragaramo ubwiyongere bukabije bwa Coronavirus.

    Kuri uyu wa 15 Nyakanga mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Minisitiri Ngamije yavuze ko uyu mwanzuro wafashwe nyuma yo kubona ko ingamba zari zafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yari yabanje nta musaruro zatanze mu buryo buhagije. Ni ikiganiro kandi cyari kirimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, uw’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Beata n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera.

    Ati “Ingamba zari zafashwe ntabwo zabashije guhindura imibare mu buryo bufatika nk’uko twabyifuzaga ariko byatumye ibintu bitazamba kurushaho. Iyo urebye ishusho muri rusange, ibyumweru bitatu bishize imibare ntabwo itumbagira nk’uko mu turere tumwe na tumwe byazamutse.”

    “Ingamba zafashwe hari icyo zatumariye ariko ntabwo byageze aho twashakaga. Ni yo mpamvu hafashwe imyanzuro yatangajwe harimo na Guma mu Rugo mu turere 11.”

    Yavuze ko iyi gahunda ya Guma mu Rugo iri bugabanye urujya n’uruza, bihe Leta umwanya wo gufata ibipimo bihagije no kwita ku banduye.

    Ati “Biradufasha kugabanya urujya n’uruza rw’abantu, hari abantu baba banduye batabizi iyo bagumye mu mirimo isanzwe bagenda, bafite uko banduza abandi. Turaza gusuzuma by’umwihariko Umujyi wa Kigali n’utundi turere dufite ubwandu bwiyongereye cyane. Turaza gusuzuma abantu mu kagali, nibura dushyire ahantu habiri muri buri kagali abantu bazajya kwisuzumishirizaho.”

    Minisitiri Ngamije yavuze ko muri ibi bihe bya Guma mu Rugo uzajya ugaragaza ibimenyetso akiri mu rugo azajya ahabwa imiti imworohereza.

    Ati “Uwo tuzabona afite ibimenyetso bigaragra ko ashobora kuremba, uwo muntu tuzamuha imiti igabanya ubukana bw’iyi virusi kugira ngo dutangire kumukurikiranira hafi yatangiye imiti, aho kugira ngo atugereho yarembye. Tuzashyira ingufu mu bukangurambaga. Dushaka kwegera abo tuganira nabo, tubereke ko ibintu byahindutse, iyi ndwara n’abayikerensaga rwose irakaze.”

    Nyuma yo gupima abantu babasanze mu Kagali, Minisitiri Ngamije yavuze ko nyuma y’iminsi 10 bazasubirayo kugira ngo barebe uko ubwandu buhagaze.

    Iyi gahunda ya Guma mu Rugo ireba uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana, Rutsiro hakiyongeraho n’utwa Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro tugize Umujyi wa Kigali.

    Minisitiri Ngamije yagaragaje ko Guma mu Rugo igiye gufasha Leta kongera imbaraga mu kurwanya COVID-19