Tag: featured

  • Kamonyi: Batatu bagwiriwe n’ikirombe barapfa – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ahagana saa Munani z’amanywa yo ku wa Gatatu tariki 14 Nyakanga mu gihe bo bakuwemo saa Moya n’iminota 20 z’ijoro ryo ku wa 15 Nyakanga 2021.

    Abo iki kirombe cyagwiriye barimo uwitwa Ndaruhutse Jean Claude, Nsanzimana Daniel na Mugabe François.

    Ubwo aba bagabo uko ari batatu bagwirwaga n’ikirombe, abakozi b’iyi Koperative n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukoma, bahise bagerageza kubakuramo ariko birabananira, bitabaza imashini y’iyi Koperative babageraho hashize umunsi bamaze gushiramo umwuka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, Nkurunziza Jean de Dieu, yabwiye IGIHE ko bagerageje gukuramo aba baturage bakimara kugwirwa n’iki kirombe ariko bibanza kubananira bitewe n’uko ahantu kiri hari ubutaka bworoshye.

    Ati “Nibyo barapfuye, cyabagwiriye ku wa Gatatu turabimenya tugerageza kubakuramo n’intoki biratunanira, twitabaza imashini y’abanyamuryango b’iyo Koperative biranga. Twasubiyeyo ejo saa Saba tuba ari bwo tubakuramo saa Moya n’iminota 19 z’ijoro.”

    Yongeyeho ko iyi koperative ikora mu buryo bwemewe n’amategeko, ashimangira ko iyi mpanuka yatewe n’uko iki kirombe giherereye ahantu hari ubutaka bworoshye cyane.

    Imirimo yo gutabara abagwiriwe n’ikirombe yasanze bamaze gushiramo umwuka

  • Rubavu: Gitifu w’umurenge yahagaritswe ashinjwa kwimisha inka umuturage – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Déogratias, yemeje aya makuru, avuga ko bamuhagaritse amezi atatu kubera kutubahiriza inshingano ze agatanga amakuru y’ibinyoma.

    Ati “Twamuhagaritse mu buryo bw’imyitwarire, azamara amezi atatu. Akanama kabishinzwe kamusabiye guhagarikwa kuko hari amakosa yakoze mu rwego rw’akazi ubwo yayoboraga Umurenge wa Rugerero. Hari amakuru yatanze mu rukiko bituma umuturage atsindwa urubanza, ayo makuru yayateguriwe n’abandi kuva hasi baramubeshya.”

    Yakomeje avuga ko uyu Gitifu azamara amezi atatu adakora, atanahembwa.

    Ku ruhande rwa Nkurunziza Faustin, avuga ko ibyakozwe bidakwiriye kuko afite ibimenyetso byerekana ko arengana.

    Ati “Ni amatiku ntabwo ari ko biri, ariko muri za ndangagaciro twatojwe umuntu yirinda kuzana ibyo guhangana; iyo umuntu agufiteho ububasha afata icyemezo kiri mu bubasha bwe. Nabahaye ibisobanuro ndangije nshyiraho n’ibimenyetso byose bigaragaza ko ndengana mu nyandiko inzego zose zirabifite, nta kundi ikije uracyakira. Barinda kuvuga ngo umuntu yatsinzwe kubera amakuru namutangiye atari yo, ko ubundi yajuriye babonye ko ayo bo batanze yatumye atsinda?”

    Amakuru atugeraho ni uko umuturage witwa Niyonsaba Vestine wo mu Murenge wa Rugerero yigeze kwibwa inka, noneho iza kuboneka mu rugo rw’uwitwa Nkundabandi Charles, bivamo urubanza yaje gutsindwa biturutse kuri raporo ubuyobozi bw’umurenge bwakoze; yemezaga ko uyu muturage yahawe inka mu 2006 muri Gahunda ya Girinka, mu gihe we yavugaga ko yayihawe mu 2012.

    Ubushinjacyaha bwaje gusaba ko ubuyobozi bw’Akarere bwagaragaza igihe nyacyo uyu muturage yaherewe inka, bigaragara ko yayihawe mu 2013 bituma bahagarika Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge ndetse n’umuturage ahita anajurira muri uru rubanza.

    Nkurunziza Faustin wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze ashinjwa gutanga amakuru atari yo

  • Gitega: Umugabo n’umwana we bahiriye mu nzu bari batuyemo – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa Tatu z’amanywa yo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 16 Nyakanga 2021, ni bwo inkongi y’umuriro yibasiye urugo rw’uyu mugabo ruherereye mu Kagari ka Kinyange.

    Kalisa wari kumwe n’umwana we nyuma yo kubura uko basohoka mu nzu, umuriro wabatwikiyemo barapfa.

    Iyi nkongi ikimara kwibasira inzu ya nyakwigendera Kalisa wakoraga akazi k’ubwarimu, abaturage bagerageje kuyizimya ndetse na polisi ihita iza irabafasha ariko babisoza uyu mugabo n’umwana we bamaze gupfa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitega, Uzamukunda Anathalie, yabwiye IGIHE, ko batari bamenya icyateye iyi nkongi.

    Yagize ati “ Nibyo inzu yahiye, umugabo n’umwana we bahiramo gusa ntabwo nahamya ko ari umwarimu nk’uko bivugwa kuko umugore we yari atameze neza ngo atange amakuru.”

    Yakomeje avuga ko Polisi yahise itabara uru rugo rwibasiwe n’inkongi iraruzimya nubwo imodoka zayo zagowe no kurugeramo bitewe n’imiterere y’uyu murenge, aho inzu nyinshi zegeranye kandi inzira zizerekezayo zikaba ari nto cyane.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi.

    Inzu yazimijwe ariko abatabaye basanga abari bayirimo bamaze kwitaba Imana

    Umugabo n’umwana we bahiriye mu nzu bari batuyemo ku Gitega mu Karere ka Nyarugenge

  • Minisiteri y’uburezi yasohoye amabwiriza y’ibizamini bya Leta mu bihe bya Guma mu rugo – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Nyakanga 2021 yafatiwemo ingamba zikomeye zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 dore ko iki cyorezo gikomeje gukaza umurego mu gihugu. Muri ibyo byemezo hashyizweho Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani.

    Ayo mabwiriza akimara gusohoka abantu benshi bagize impungenge ku buryo ibizamini bizakorwa, niba koko abanyeshuri baburaga iminsi mike ngo babikore nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze amasomo yabo agenda biguru ntege bagiye kongera kubyegeza inyuma.

    Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 16 Nyakanga 2021, Minisiteri y’Uburezi yashyizeho amabwiriza azagenderwaho mu gufasha abanyeshuri gukora ibizamini bya Leta nk’uko byari biteganyijwe.

    Muri iryo tangazo Minisiteri yasabye abanyeshuri bose ko ku wa 19 Nyakanga 2021 bitarenze saa Tatu za mu gitondo bazaba bageze ahateganyijwe gukorerwa ibizamini bagahabwa amabwiriza bazagenderaho.

    N’ubwo ibizamini bizatangira ku wa 20 Nyakanga 2021, ariko gahunda ya Guma mu rugo izaba imaze iminsi itatu itangiye, abanyeshuri rero basabwe kuva mu rugo bambaye impuzankano z’ishuri ndetse bakanitwaza amakarita yabo mu rwego rwo korohezwa mu ngendo aho zibujijwe.

    Hari bamwe mu banyeshuri biga bataha kandi kuva iwabo n’aho biga bakenera gutega, Minisiteri yasabye ko abifuza gutwara abanyeshuri kimwe n’imodoka zisanzwe zibatwara zizasaba uruhushya, zikemererwa kubafasha mu ngendo binyuze mu bufatanye na Polisi y’Igihugu na Minisiteri y’Uburezi.

    Amasaha yo gutwara abanyeshuri mu gitondo ni uguhera saa Kumi n’imwe n’igice (5:30 AM) kugeza saa Tatu n’igice (9:30 AM) na ho amasaha yo gutaha ni ukuva saa kumi (4:00 PM) kugeza saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba (6:00 PM).

    Ku babyeyi bifuza gutwara abanyeshuri bagiye gukora ibizamini bya Leta, bashobora kubikora bakoresheje imodoka zabo mu masaha ateganyijwe ariko bakabisabira uruhushya rutangwa na Polisi y’Igihugu.

    Gusaba uruhushya bizabikorwa unyuze kuri [email protected] bitarenze ku Cyumweru, tariki 18 Nyakanga 2021.

    Mu Turere tutari mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri yavuze ko ubuyobozi bwatwo bufatanyije n’abandi bafatanyabikorwa, buzahuza ibikorwa bijyanye n’ingendo z’abanyeshuri, abarimu n’abandi bakozi bajya cyangwa bava ahabera ibizamini bya Leta.

    Ku ruhande rw’abarezi n’abandi bakozi bazafasha mu bizamini bya Leta basabwe kuba bafite amakarita ajyanye n’iki gikorwa, kandi Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kizakorana n’uturere mu gutanga ikarita iranga abakozi bazafasha muri iki gikorwa.

    -  Nta munyeshuri uzabuzwa gukora ikizamini

    Nk’uko byakunze kugarukwaho n’uruhande rwa Minisiteri y’Uburezi, nta munyeshuri uzavutswa amahirwe yo gukora ibizamini bya Leta kuko n’uzaba arwariye Covid-19 mu rugo cyangwa ku ishuri, Minisiteri ifatanyije n’inzego z’ubuzima n’ubuyobozi bw’ibanze bw’aho atuye azafashwa gukora ibizamini.

    Ibi si bishya kuko no ku bana bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza bafashijwe bashyirirwaho uburyo bwihariye bwatumye bakora ibizamini kandi batanduje abandi.

    Birashoboka ko nk’uko byagenze ku banyeshuri biga mu mashuri abanza, aho abasaga 3000 batakoze byaba no ku bari gusoza ibi byiciro n’ubwo basa naho ari bakuru kandi bazi icyo gukora.

    Minisiteri yahamagariye buri mubyeyi cyangwa urera umwana uzakora ibizamini gukurikirana ko yitabiriye ku gihe no kumuha amafaranga y’urugendo n’ibindi byangombwa bimufasha gukora ibizamini neza harimo n’amafunguro cyane ko restaurants zitemerewe gukora mu bice byashyizwe muri Guma mu rugo.

    Abanyeshuri bazakora ibizamini bisoza amashuri y’icyiciro rusange n’ayisumbuye bashyiriweho amabwiriza abagenga bazubahiriza

  • Huye: Abarokotse Jenoside batishoboye bahawe inka, abacuruzi bahombejwe na Covid-19 baragobokwa – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 16 Nyakanga 2021, mu Murenge wa Tumba. Hatanzwe inka umunani naho abacuruzi umunani bahombejwe na Covid-19 buri wese ahabwa ibihumbi 200 Frw. Hari abandi babiri bafite ababo biciwe kuri CHUB muri Jenoside, batewe inkunga y’ibihumbi 500 Frw kuri buri umwe.

    Umuyobozi Mukuru wa CHUB, Dr Sendegeya Augustin, yavuze ko ari igikorwa bagize ngarukamwaka mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi no kubafasha kugira imibereho myiza n’iterambere.

    Ati “Ni igikorwa ngarukamwaka kikaba kimwe mu byo dukora mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icya mbere hari ukwibuka, icya kabiri ni ukuyirwanya (Jenoside) ariko icya gatatu ni no kureba abarokotse Jenoside bari mu buzima butari bwiza tukabafasha mu buryo bufatika.”

    Yavuze ko uyu mwaka batekereje kongeraho kugoboka abari bafite ubucuruzi bakagwa mu gihombo kubera icyorezo cya Covid-19.

    Kuva batangira iyo gahunda mu 2014 kugeza ubu bamaze gutanga inka 147 mu mirenge 10 yo mu Karere ka Huye kandi n’igikorwa bazakomereza n’ahandi.

    Uwamurera Letitia yahawe inka, avuga ko korora iryo tungo mu muryango we babiherukaga mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda, yemeza ko agiye kubaho neza we n’abana be kubera ko izabaha amata n’ifumbire.

    Yavuze ko inka yahawe ari isezerano ry’Imana kuko yabonye ikimenyetso kibigaragaza.

    Ati “Inka nahawe ntabwo nshidikanya ko ari isezerano kuko imibare ine iheruka ku iherena ryayo ingana n’imyaka mfite. 1979 ni yo mibare iheruka ku iherena ry’inka bampaye kandi ni bwo navutse. Mfite ibyishimo byinshi, aya marira ni ay’ibyishimo.”

    Kabera Vianney wahawe ibihumbi 200 Frw yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyahombeje ubucuruzi bwe bw’ibirayi, bityo ayo mafaranga ahawe agiye kuyakoresha mu kongera gucuruza.

    Ati “Ubuzima bugiye kongera gukomeza, ubu ngubu ngiye gucuruza nk’uko nacuruzaga ndebe n’indi mishinga nkora kuko amafaranga akora byinshi.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yashimiye ubuyobozi bwa CHUB n’abakozi baho, avuga ko igikorwa bakoze gishimangira ko buzuza inshingano zabo zijyaye n’ubuzima n’imibereho myiza.

    Ati “Ni igikorwa twishimira kuko inshingano zo guharanira ko abaturage b’aho CHUB ikorera bagira ubuzima bwiza biragaragara ko bazirimo neza kandi batanga urugero rwiza ku bindi bigo byose bikorera mu Karere ka Huye.”

    Zimwe mu nka CHUB yatanze mu myaka yashize zarabyaye inshuro zigera kuri eshatu zihindura imibereho y’abazihawe, boroza abandi aho imibare yerekana ko zimaze kurenga 300.

    Ibi bitaro bikora n’ibindi bikorwa birimo gutera inkunga imishinga iciriritse y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aho kuva mu 2014 kugeza ubu 2021 bamaze gutera inkunga imishinga ya miliyoni 14 Frw.

    Abahawe inka basabwe kuzifata neza kugira ngo zibahe umusaruro mwiza

    Bahawe inka nziza zitanga umukamo

    Guha inka abarokotse Jenoside ni igikorwa CHUB yagize ngarukamwaka

    Kuri iyi nshuro hatanzwe inka umunani ku barokotse Jenoside kugira ngo imibereho yabo ibe myiza

    Ni igikorwa cyakozwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    [email protected]


  • #COVID19: Mu Rwanda abakize ni 732, abakingiwe ni 2,639 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni abagore bane b’imyaka 79 (Muhanga), 59 (Rubavu), 50 (Rulindo) na 45 (Kigali) n’abagabo batandatu b’imyaka 82 (Nyamagabe), 79 (Musanze) 73 (Rutsiro), 66 (Gicumbi), 41 (Kigali) na 27 (Rubavu), bakaba bahise buzuza umubare w’abantu 626 bamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda.

    Abarimo kuvurwa bose hamwe ni 14,716.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

  • Abafite ubumuga bifuza guhagararirwa mu tunama dutanga amasoko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imyubakire y
    Imyubakire y’ubu bukarabiro ntiyitaye ku bafite ubumuga, bakifuza ko byakosorwa ndetse n’ahandi hatangirwa serivisi bikaborohera

    Babivuze nyuma yo gukora amagenzura mu mavuriro amwe n’amwe, mu kwezi gushize kwa Kamena, bareba uko abafite ubumuga bakirwa muri Isange One stop Center, bagasanga hari aho amabwiriza agenwa n’ikigo gishinzwe iby’imyubakire mu Rwanda (RHA) mu bijyanye no kubaka inyubako zidaheza, adakurikizwa.

    Nko ku bitaro bya Kibilizi mu Karere ka Gisagara, itsinda rihagarariye abafite ubumuga ryasanze hari imiryango ipima cm 75 na 80 z’ubutambike, nyamara ubundi yagombye kugira cm 90 kugira ngo n’ugendera mu igare igihe ahakeneye serivisi abashe kuhinjira bitamugoye, kuko ngo amagare akenshi aba apima cm 75 z’ubugari.

    Mu bwiherero basanze urugi rufungurirwa inyuma barabishima, kuko bifasha n’ugendera mu igare kwifungurira, ariko na none basanze ahagenewe kwihagarika ku bagabo, ufite ubumuga bw’ubugufiya atahashyikira nyamara haramutse higijwe hasi (kuri cm 60 ziteganywa n’amabwiriza) n’umuremure yahifashisha.

    Mu bwiherero kandi basanze ari hatoya kuko nta metero 2 z’ubugari zihari, mu gihe biteganywa ko bwagombye kugira byibura metero 2 kuri 2 kugira ngo ugendera ku igare abashe kuba yaryinjiranamo, akabasha no gukata bitamugoye igihe agira ngo asohoke.

    Jacques Mugisha, umwe mu bari bagize itsinda rigenzura, avuga ko n’ubwo inyubako barimo yasubiwemo muri 2017 nyuma y’uko amabwiriza y’inyubako zidaheza yasohotse muri 2015, kuhakora ku buryo hadaheza abafite ubumuga bititaweho uko bikwiye. N’ushinzwe iby’amasoko yababwiye ko hari ibyo atari azi.

    Yagize ati “Mu kiganiro twagiranye n’abahakora, batubwiye ko bituruka ku kutamenya igikwiriye gukorwa”.

    Yunzemo ati “Twasanze ari ngombwa ko abahagarariye inyungu z’abafite ubumuga, cyangwa se abafite ubumenyi ku bifasha cyangwa byunganira abafite ubumuga, bagombye kugaragara mu nzego zitandukanye, kugira ngo babashe kwitabwaho mu rwego urwo ari rwo rwose”.

    Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Kibilizi, Jean de Dieu Twizeyimana, we avuga ko ubundi iby’imyubakire y’ibitaro ndetse n’ibigo nderabuzima bireba akarere na Minisiteri, akaba ari bo bakwiye kuzirikana gushyira abaharanira inyungu z’abafite ubumuga muri komite zitanga amasoko. Icyakora ngo kubera ko ari bo barebwa no gusana, baraza kujya babyitaho.

    Agira ati “Ubwo tubimenye, mu kuvugurura inyubako tuzajya dushyira uhagarariye inyungu z’abafite ubumuga mu bashinzwe gutegura amasoko. Ashobora kuba atari umuntu uhoraho mu kanama, ariko igihe bagiye kwiga ibijyanye n’inyubako akaba arimo kugira ngo areba niba ibikenewe byose byubahirijwe”.

    Jacques Mugisha anavuga ko n’ubwo muri rusange hari inyubako nshyashya ubona zisigaye zubakwa bagerageje gukurikizwa amabwiriza yo kudaheza abafite ubumuga, hari utuntu duto duto tutitabwaho, nyamara twitaweho byagirira akamaro abantu bose, kuko ibyifashishwa n’ufite ubumuga, n’utabufite yabyifashisha.

    Urugero ni nk’ahashyirwa ahakirizwa amatara, aho kwihagarika ku bagabo, aho gukarabira intoki akenshi usanga hari hejuru, ku buryo ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije we atabasha kuhagera.

    Ubwiherero ndetse n’ibitanda byo mu mahoteri hari aho usanga na byo ari birebire, nyamara byigijwe hasi abantu bose babasha kubyifashisha.


  • Abagore barifuza ikoranabuhanga rishingiye ku buringanire #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nsanga avuga ko hakwiye uburinganire bw
    Nsanga avuga ko hakwiye uburinganire bw’umugabo n’umugore mu ikoranabuhanga

    Abagore bakoresha ikoranabuhanga bavuga ko hakigaragara ubusumbane bw’abagabo n’abagore mu gukoresha ikoranabuhanga, kubera ko hari iby’umuco wagiye ukumira ku bagore, imyumvire yabo ubwabo yo kwisuzugura no kuba batagera ku mafaranga nk’abagabo ngo bakoreshe ikoranabuhanga.

    Ibindi bituma abagore batagera ku ikoranabuhanga nk’abagabo ni imiterere yabo irimo gutwita, kubyara no kurera ahanini ugasanga umwanya wabo mwinshi uguma muri izo nshingano no kuba umubare w’abagore biga ibijyanye n’ikoranabuhanga ukiri muto ugereranyije n’uw’abagabo.

    Abagore bakoresha ikoranabuhanga bagaragaraza kandi ko iyo basesenguye umusaruro batanga mu kazi baryifashishije uba mwiza kurusha ndetse n’uw’abagabo, bagasaba ko inzego zose zikwiye guhagurukira kwita ku iterambere ry’umugore mu ikoranabuhanga, kugira ngo bunganire abagabo bityo iterambere ry’igihugu rishingiye ku ikoranabuhanga ribashe kugerwaho.

    Sylvie Nsanga, umwe mu bagore baharanira uburenganzira n’iterambere ryabo, avuga ko aho abagore bakoresha ikoranabuhanga byabagiriye akamaro, agasaba kandi ko hakurikijwe gahunda ya Leta y’iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga hakwiye gufatwa ingamba zo guteza imbere abagore, kugira ngo bafashanye n’abagabo kongera umusaruro ukomoka urikomokaho.

    Agira ati “Abacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga bakwiye kumva ko nibasiga inyuma umugore batazunguka kandi bakoze ibimugeraho bakwinjiza kurushaho, bityo na ya mahirwe angana ku mugabo n’umugore akongera umusaruro”.

    Yongeraho ko abacuruza za Interineti bakwiye gushyiriraho abagore amahirwe yo gukoresha uwo muyoboro bagendeye ku mwanya wabo babona iyo bakitse imirimo, kuko usanga hari igihe bagena cyo gutanga amahirwe kuri Interineti abagore bahugiye mu mirimo yo mu ngo.

    Agira ati “Nkanjye mbona akanya sa yine z’ijoro abana bamaze kuryama, niba hari uburyo bwo gutanga Interineti nyinshi ku bana mu masaha ya kare binakorwe ku bagore mu masaha ya nijoro bakitse imirimo, kuko iyo ayo mahirwe arangiye mbere abagore baracikanwa. Nifuza ko habaho uburinganire mu ikoranabuhanga, ikintu cyose cy’ikoranabuhanga abagore bacyibonemo nk’abagabo, ibyo bizatuma rwa Rwanda twifuza ko rushingira ubukungu bwarwo ku ikoranabuhanga turugeraho ntawe usigaye inyuma”.

    Umuyobozi wa gahunda mu muryango wita ku iterambere ry’ikoranabuhanga (Save Generations Organisation) ,Sandrine Umukunzi, avuga ko imyumvire ku muryango Nyarwanda ikiri ikibazo ku kuringaniza ikoranabuhanga hagati y’abagore n’abagabo, akifuza ko abagabo bakwiye kumva ko umugore afite amahirwe n’uburenganzira mu ikoranabuhanga.

    Umukunzi avuga ko bidakwiye gufatwa nk’igitangaza igihe umugore akoresa ikoranabuhanga kuko nabo barashoboye, kandi kurwanya icyuho kikigaragara ku ikoranabuhanga ku bagore gikwiye gukurwaho hakoreshejwe ubufatanye n’inzego zitandukanye.

    Agira ati “Umubare munini w’abagore ni abahinzi, ni abacuruzi, nibadahabwa urubuga mu ikoranabuhanga bizatuma iterambere ridindira kuko umubare wabo munini ufite akamaro kanini mu iterambere ry’igihugu”.

    Abagore bakoresha ikoranabuhanga kandi bagaragaza ko inzego z’abikorera n’abashoramari mu ikoranabuhanga bakwiye guhindura uburyo bwo guha amahirwe abagore kugira ngo bakomeze gutanga umusazu wabo mu iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.


  • U Rwanda rwakiriye impunzi n’abasaba ubuhunzi 133 bavuye muri Libya – #rwanda #RwOT

    Bakigera ku kibuga cy’indege bapimwe COVID-19. Minisiteri ishinzwe ubutabazi ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko nibamara kubona ibisubizo bazasanga abandi baje mbere bari mu nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu Karere ka Bugesera.

    Impunzi n’abasaba ubuhunzi bazanwa mu Rwanda bakuwe muri Libya hagamijwe kubagoboka, kubafasha no kubashakira ibisubizo birambye bacumbikiwe mu nkambi y’agateganyo ya Gashora.

    Ni nyuma y’amasezerano y’imikoranire yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

    Kuva icyiciro cya mbere cyakiriwe mu Rwanda tariki 26 Nzeri 2019, abagera kuri 648 nibo bamaze kwakirwa. Havutse batandatu mu gihe 263 babonye ibihugu bibakira bibaha ubuhunzi. Abandi 134 bagiye muri Suède, 70 bagiye muri Canada, 46 muri Norvège, 11 mu Bufaransa na babiri mu Bubiligi.

    Ku wa 10 Nzeri 2019 nibwo Guverinoma y’u Rwanda, AU na UNHCR, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, atuma rwakira impunzi zituruka muri Libya, aho zageze zishakisha inzira yazambutsa izijyana muri Méditerranée zikagera i Burayi.

    Aya masezerano yasinyiwe i Addis Ababa ku cyicaro cya AU, nyuma y’ubushake Perezida Kagame yagaragaje bw’uko u Rwanda rwakwakira izi mpunzi z’Abanyafurika.

    Izi mpunzi zageze muri Libya zishakisha uko zakwerekeza ku Mugabane w’u Burayi aho zizeraga kubaho neza, kwambuka inyanja ya Méditerranée byaranze ziguma muri Libya ndetse zitangira kugirirwa nabi kugeza ubwo u Rwanda rwamenye ubuzima zibayemo rukiyemeza kuzitabara.

    Ubwo bakirwaga ku kibuga cy’indege hasuzumwa ibyemezo byabo bisaba ubuhunzi

    Abakirwa abenshi baba ari urubyiruko rwavuye mu bihugu byarwo rugiye gushaka amaronko i Burayi ntibikunde

    Bakigera mu Rwanda bapimwe Covid-19 mbere yo kujyanwa Gashora mu karere ka Bugesera aho inkambi iherereye

    Abenshi mu bakirwa baba bafite inzozi zo kugera i Burayi. Abaje mu byiciro bya mbere abenshi babonye ibindi bihugu bibakira

    Abakunze kwakirwa ni abaturutse mu bihugu byo mu Majyaruguru no mu ihembe rya Afurika

    Mu bakirwa haba harimo n’ababyeyi bafite abana

    Amafoto: MINEMA


  • Hatangajwe inganda n’ibikorwa by’ubucuruzi byemerewe gukomeza gukora mu bihe bya ‘Guma mu Rugo’ – #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minicom rivuga ko nk’uko byatangajwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Nyakanga 2021, mu duce twashyizwe muri Guma mu rugo serivisi z’ingenzi mu rwego rw’ubucuruzi harimo amasoko y’ibiribwa, ubucuruzi bw’inyama, amata n’ibiyakomokaho.

    Harimo ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga, abakora imirimo yo kugemura ibicuruzwa, serivisi za ngombwa zitangwa na banki n’ibigo by’imari, serivisi z’ubwishingizi, serivisi za Mobile Money n’ibindi.

    Harimo kandi gutwara ibishingwe na serivisi z’isuku za ngombwa, serivisi za gasutamo, amahoro n’imisoro, ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli na gaz ndetse na serivisi z’itumanaho.

    Minicom yavuze ko n’ubwo ubwo bucuruzi bwemewe ariko hari amabwiriza ababukora bagomba kubahiriza arimo ko abakozi b’aho bukorerwa batagomba kurenga 30%, kandi ibikorwa byose bigafunga saa kumi n’imwe z’umugoroba.

    Andi mabwiriza yashyizweho ni uko abacuruzi bose basabwa kuzajya basimburana mu masoko hakurikijwe uko byumvikanyweho n’ubuyobozi bw’amasoko acuruza ibiribwa kandi hubahirijwe n’andi mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Minicom ivuga kandi ko ikindi gisabwa abacuruzi ari ukutazamura ibiciro bishingikirije ibi bihe bya guma mu rugo.
    Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa 15 Nyakanga 2021, ubwo bamwe mu bagize Guverinoma basobanuraga amabwiriza mashya yashyizweho Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Béata Uwamaliza Habyarimana, yavuze ko inganda zifite ‘uruhushya’ zizakomeza gukora muri Guma mu Rugo.

    Mu itangazo rya Minicom inganda zemerewe ni izitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, ni ukuvuga ibiribwa n’ibinyobwa.

    Izindi nganda zemewe gukomeza gukora muri ibi bihe bya guma mu rugo ni izikora ibikoresho byo kubaka, izikora ibikoresho by’isuku n’isukura [amasabune], ibikoresho by’isuku byifashishwa n’abakobwa n’abagore [sanitary pads], imiti yo gusukura intoki n’imiti yica mikorobe.

    Minicom itangaza kandi ko inganda zikora udupfukamunwa n’ibindi bikoresho byo kwa muganga n’inganda zikora ibyo gupfunyikamo nazo zizakomeza gukora muri ibi bihe abandi bazaba bari muri gahunda ya Guma mu Rugo.

    Mu mabwiriza yashyiriweho inganda harimo kuba kwemererwa gukora bizajya bitangirwa uruhushya na Minicom ndetse abakozi b’uruganda bakaba bazajya bapimwa Covid-19, babifashijwemo n’Ikigo Gishinzwe Ubuzima, RBC, kikazajya kibasanga aho bakorera ku ruganda muri gahunda izajya yumvikanwaho.