Tag: featured

  • Umunyakuri wakabije inzozi, iby’igitabo cyamuhinduye: Byinshi ku buzima bwa Minisitiri Habyarimana (Video) – #rwanda #RwOT

    Béata U. Habyarimana yatangajwe nka Minisitiri mushya wa MINICOM mu mpinduka zakozwe n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame ku wa 15 Werurwe 2021.

    N’ubwo izina rye ryumvikanye nk’uwari mushya muri politiki y’u Rwanda, si ko biri mu rwego rw’imari muri rusange kuko arumazemo imyaka 16 dore ko yabaye Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Iyahoze ari Agaseke Bank Limited yaje guhinduka Bank of Africa, yanabaye kandi mu buyobozi bwa Banki y’Abaturage y’u Rwanda.

    Ni umwe kandi mu bashinze Umuryango Nyafurika wa New Faces, New voices, uhuza abari n’abategarugori, ukabafasha kugera kuri serivisi z’imari.

    Ibijyanye n’imari no kuyicunga yabyize muri Kaminuza y’u Rwanda no mu ya Maastricht mu Buholandi aho yakuye Masters mu Miyoborere mu by’Imari.

    IGIHE yagiranye ikiganiro na we agaruka ku rugendo rw’ubuzima bwe ndetse n’indangagaciro yumva zishobora kuranga by’umwihariko abakiri bato kugira ngo bazabashe gukabya inzozi no kuzavamo abo imiryango yabo n’igihugu bifuza.

    IGIHE: Wibwira abantu gute mu buryo buvunavuye?

    Minisitiri Habyarimana: Navukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko bitewe n’akazi ababyeyi banjye bakoraga [bakoraga muri Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu]. Mu mezi ataha nzuzuza imyaka 46.

    Twagiye tuba mu bihugu bitandukanye [Amerika, u Bubiligi, n’u Burusiya], ku buryo igice kimwe cy’amashuri yanjye nakize mu Bubiligi, ikindi nkigira mu Rwanda aho nize i Kanombe, mu gihe amashuri yisumbuye nayize muri Economic Rwamagana [Groupe Scolaire St Aloys Rwamagana].

    Kuki wahisemo kwiga ibijyanye n’ubukungu?

    Minisitiri Habyarimana: Nahisemo kwiga Economie nyishaka, cya gihe abana baba barangije amashuri abanza, bakakubaza bati ese urifuza kuziga iki? Ubundi kera wahitagamo ibyo uziga nka bitatu njyewe rero nahisemo Economie inshuro eshatu, ni yo nashakaga kwiga.

    N’ubwo nari nkiri muto, numvaga ko ndamutse nize Economie nazatuma Sogokuru abasha kujya agira ikintu afata cyisumbuye, kirenze kuba yajya abyuka mu gitondo akajya guhinga, ni uko nguko. Muri iyo myaka nkiri muto numvaga Economie, bituma nyiga mu mashuri yisumbuye no muri Kaminuza.

    Ni iyihe mpamvu nyamukuru yatumye ukomeza ibijyanye n’Ubukungu muri Kaminuza?

    Minisitiri Habyarimana: Yego, nize mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ibijyanye n’ubukungu, byitwa Économie Publique. Nagiye kurangiza Kaminuza ku bwanjye numva nifuza kugira ngo njye mu bijyanye no gushora imari ituma abantu bashobora kubyara umusaruro, ku buryo numvaga n’ubwo nakora mu bigo by’imari byaba ari ibijyanye n’iterambere.

    Ku bw’amahirwe nk’uko nabyifuzaga ni ko byagenze. Natangiye nkora muri Banque Populaire, icyo gihe rero yari Banki y’Abaturage, ibafasha kujya mbere, yari ikiri nka Sacco ariko navuga ko nakozemo nko kuyivugurura.

    Mbere yo kugera ku mwanya wa Minisitiri, ni iyihe mirimo yindi wagiye ukora mu nzego zitandukanye?

    Minisitiri Habyarimana: Nakomeje gukorana n’ibigo by’imari, nakoze mu Agaseke Bank, nakoze muri Bank of Africa, ariko nagiye nkora no mu bindi bigo. Hari ikigo nakoreye cya Bill & Melinda Gates Foundation, mu bijyanye no gufasha abantu kugera kuri serivisi z’imari ariko ku bantu bafite ubukene bwihariye [Access to Finance for Poor]. Nakoze no mu kindi kigo cy’Abanyamerika cyari gifitanye imikoranire na Banque Populaire.

    Muri rusange navuga ko nakoze mu bijyanye no gufasha abantu kugera kuri serivisi z’imari hanyuma nkora no mu bijyanye no kubafasha kwiga iyo mishinga yabo ku buryo yavamo ubucuruzi cyangwa ibikorwa bibyara inyungu.

    Ni ibiki byihariye ukora mu mwanya wo kuruhuka, iyo wasoje akazi?

    Minisitiri Habyarimana: Nkunda gusoma cyane. Ku buryo nkunda gutunga ibitabo byinshi. Ikindi wenda ngira umwanya n’umuryango, ni ikintu kidasimburwa ni ho umuntu avana imbaraga zo kubaho. Ikindi nkunda gukora, iyo naniwe ndateka, iyo ntetse ndaruhuka.

    Ibitabo nkunze gusoma ni iby’abantu bakoze impinduka mu bijyanye n’ubukungu, ibitabo bivuga ku bijyanye n’uburyo bwo gucunga amafaranga ku buryo uyabyazamo umusaruro, hanyuma ngakunda gusoma ibitabo bivuga ku bijyanye n’imibereho y’abantu by’umwihariko umuryango.

    Ni ikihe gitabo mu byo wasomye kiguhora mu ntekerezo, washishikariza n’abandi gusoma?

    Minisitiri Habyarimana: Nabwira nk’abantu, igitabo kijyanye n’uburere bw’abana cyitwa ‘TRANSMETTRE L’AMOUR; Une éducation à l’écoute de l’enfant’ cyanditswe na Paul Lemoine. Kiri mu bitabo byampinduye bigatuma uburyo mvugana n’abantu mbihindura.

    Icyo nakuyemo ni uko iyo umuntu afite imyitwarire itameze neza akenshi haba hari indi mpamvu. Aho kugira ngo umufungirane muri iyo myitwarire uvuge ngo uyu ntashobotse, shaka impamvu iri inyuma kuko nuyikemura na we arajya ku murongo. Bityo rero ntutakaze icyizere kuri wa muntu muri kumwe.

    Ni nde muntu ufatiraho icyitegererezo mu buzima bwawe?

    Minisitiri Habyarimana: Navuga ko nagiye ngira benshi, kuko nagiye mvana kamwe kuri uyu, akandi kuri uyu gutyo gutyo.

    Ariko wenda hari umuntu nkunda witwa Jeffrey [Jeff] Weiner yabaye Umuyobozi Mukuru w’urubuga LinkedIn. Ariko mu mateka ye, uburyo yahinduye ubuzima bwe, icyerekezo cy’akazi yakoraga akemera kwinjira mu kintu atatekerezaga mbere kandi yakijyamo akagera ku ntsinzi, mbona ari umuntu wo kwigirwaho.

    Ni umuntu wemeye guhura n’ibyo atatekerezaga, akavuga ati reka niyizere wenda hari ikintu nabasha kugeraho, mbona ari umuntu yakwigiraho byinshi n’uburyo ndetse ahura n’abantu, uko aganira nabo n’ibindi byinshi umuntu yamwigiraho.

    Ni iyihe ndangagaciro ikomeye wiyiziho?

    Minisitiri Habyarimana: Akenshi nkubwiza ukuri! Nkubwiza ukuri icyo ntekereza. Ikindi nkunda ubunyangamugayo cyangwa ubunyakuri, nkunda kwemera kugendera mu kuri kw’ikintu. Ikindi ndi umuntu ukunda gutega amatwi abantu, nkabaha umwanya.

    Uyu munsi uri Minisitiri! Hari ibanga wasangiza abakiri bato ryabafasha kugera ku ntego biyemeje?

    Minisitiri Habyarimana: Icya mbere navuga ni uko abantu bakiri bato bajye basoma. Ntibakagarukire ku byo babona imbere yabo gusa, ahubwo bumve n’iby’ahandi uko bimera. Icya kabiri ni byiza kugira intumbero, ntibisaba imyaka n’ukiri muto agira intumbero, ukumva hari ikintu ukomeyeho no kureba akamaro gifite.

    Mu gihe ubona ko kigiriye n’abandi akamaro azaba ari ikintu cyiza, mu gihe ari wowe wenyine […] ntekereza ko ari ikintu yakongera akareba. Ariko mu gihe intumbero ye avuga ati iki kintu nifuza kugeraho kiramfasha kizafashe n’abandi benshi, iyo ntumbero azayikomeze kuko nta kidashoboka. Ariko nta kidashoboka, mu gihugu turimo ufite indoto nziza nzi ko uzabona uburyo bwagufasha kugira icyo ugeraho, ushobora kutagera neza ku cyo watekerezaga ariko ikibi ni ukutagira indoto.

    Minisitiri Béata Uwamaliza Habyarimana avuga ko mu ndangagaciro yiyiziho harimo kugira ukuri no kukuvugisha

    Minisitiri Béata Uwamaliza Habyarimana avuga ko yakabije inzozi ze. Aha ni ku wa 19 Werurwe 2021 nyuma yo kurahirira kwinjira muri Guverinoma, ubwo yafataga ifoto y’urwibutso na Perezida Kagame

    Tariki 19 Werurwe 2021, Umunsi winjiye mu mateka ya Béata Uwamaliza Habyarimana kuko aribwo yarahiriye inshingano nka Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda

    Video: Kayihura Innocent


  • Mu gahinda kenshi, Meya wa Bugesera yasezeye ku muvandimwe we wishwe na Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Muri ubu butumwa yatangiye avuga amateka akomeye y’uburyo Nadège yavutse atsinze urupfu kubera amateka mabi yaranze u Rwanda rwatotezaga Abatutsi, avuga uko yarutsinze bwa kabiri arokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yamutwariye umuryango we, ariko akaba ahitanwe n’icyorezo cya Covid-19 kidatinya umuntu umwe.

    Yagize ati “Hari muri Kanama 1989 ubwo masenge Mukabaranga Alivera yendaga kwibaruka, maze ubwo yari ari kugerageza kujya kwa muganga ngo yitabweho ahura n’itsinda ry’abajandarume bamubuza kujyayo bamuhagarika amasaha n’amasaha kuri bariyeri.”

    “Mu gihuru cyari hafi y’iyo bariyeri hari ababyeyi maze bamwe muri bo bakora nk’ababyaza, bafasha Alivera kwibaruka umwana w’uruhinja. Urwo ruhinja ni Uwimbabazi Nadège wacu witabye Imana ejo hashize.”

    Akomeza avuga ko Nadège atitwaga gutyo ahubwo ko bakundaga kumwita Nyirabajandarume akiri umwana kugira ngo bajye bibuka ubutwari mama we yagize akamwibaruka nyuma yo kumara amasaha menshi ahagaze kuri bariyeri yabangamiwe n’abajandarume ariko ku bw’amahirwe akavuka kandi akabaho.

    Mutabazi yavuze ko iri zina bakundaga kurihina bakamwita Nyirabajede, ariko akaryanga kuko ryamuteraga ihungabana kubera ko ryari rifitanye isano na Jenoside yamutwariye abo mu muryango we.

    Gusa nyuma y’amezi make Jenoside yarokotse bigoranye irangiye, yarabatijwe ahabwa izina Nadège, Mutabazi avuga ko ari impano yamugeneye kuko ari we warimwise.

    Nyuma yo kuvuga aya mateka ababaje ya Nadège,Mutabazi yagize ati “Nyuma y’imyaka 27, ahitanwe n’iki cyorezo giteye ubwoba, avuye mu Isi y’abapfa agiye mu Isi y’abadapfa aho ababyeyi be n’abavandimwe bagiye bavuye muri ubu buzima hakiri kare.”
    “Nahura n’abo muryango we mu byishimo, azababwira ko ‘yabayeho’ nyuma y’urupfu. Azababwira ko yabonye Inkotanyi, zirimo na musaza we mukuru, ko zahagaritse Jenoside zigakura igihugu ibuzimu zikakizana ibuntu.”

    “Azababwira ko abajandarume ba kera batakiriho, ahubwo ko basimbuwe n’abandi b’ubu baherekeza ababyeyi kwa muganga mu kinyabupfura. Azababwira ko yababariye abataramugiriye impuhwe cyangwa ngo bazigirire umuryango we. Azabwira ko Nyirarume rukumbi yagiraga yahungutse kandi akamwitaho.”

    Yakomeje avuga ko amateka azahora yibuka ko ari we mwana muto wari uri mu muryango w’abarokokeye muri Kiliziya Gatolika ya Nyamata kuko yarokotse afite imyaka ine gusa, nubwo yasigaye ari impfubyi.

    Yasoje agira ati “Ubutaka bwatunywereye amaraso y’abacu buzakwakire nshuti. Yari inshuti yawe, musaza wawe mukuru waguhaye izina ryawe rya kabiri.”

    THREAD…
    Ma sœur #Uwimbabazi Nadège⚘.

    Il est Juin 1989, tante Alivera Mukabaranga est au terme de sa grossesse. En essayant de se rendre dans un hôpital pour y recevoir les soins d’un accouchement assisté, un groupe de gendarmes l’en empêche et …(1/12)⚘ pic.twitter.com/wByBei6SLW

    — Richard Mutabazi (@MutabaziRich) July 16, 2021

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yasezeye kuri mushiki we,Uwimbabazi Nadège wahitanwe na Covid-19

  • “Eidil-Ad’ha” igiye gusanga Abayisilamu bamwe muri Guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Eidil-Ad’ha ni umunsi wizihizwa hazirikanwa igihe Aburahamu yari agiye gutamba umwana we Ismail, Imana ikamushumbusha intama.

    Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya uyu munsi ugiye kwizihizwa mu bihe bikomeye bya Covid-19 kuko umwaka ushize wizihijwe ku wa 31 Nyakanga 2020 na bwo igihugu gihanganye n’iki cyorezo.

    Itangazo rya Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo rivuga ko ku wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021 azaba ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu kuwizihiza.

    Ubusanzwe uyu munsi wizihizwa habaho isengesho nyuma yaryo inshuti n’abavandimwe zigahurira ku meza, zigasangira cyane cyane hitawe ku batishoboye n’abakene bitabaye ngombwa ko ari abo muri Islam gusa.

    Kuri iyi nshuro ubwo busabane bwari busanzwe birasa n’aho butazabaho kubera ibihe bigoye igihugu kirimo aho abantu basabwa kwirinda guhurira hamwe ari benshi mu kwirinda kwandura.

    Itangazo:

    Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iramenyesha Abakoresha n’Abakozi bose bo mu Nzego za Leta n’abo mu Nzego z’Abikorera mu #Rwanda, ko ku wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021 ari Umunsi w’Ikiruhuko rusange mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eidil-Ad’ha. pic.twitter.com/K3CkPKxNek

    — Ministry of Public Service and Labour | Rwanda (@RwandaLabour) July 17, 2021


  • Ingabo z’u Rwanda ziri i Bria muri Centrafrique zambitswe imidali y’ishimwe (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Bria ni Umurwa Mukuru w’Intara ya Haute-Kotto iherereye mu bilometero 600 uvuye mu Mujyi wa Bangui. Ni urugendo rw’isaha n’igice mu ndege, mu gihe ukoresheje umuhanda bishobora kugufata iminsi igera kuri itatu kubera imihanda mibi iba muri Centrafrique.

    Ni intara ituwe n’abaturage barenga ibihumbi 120 ku buso bwa kilometero kare 86.650, ni ukuvuga inshuro zirenga eshatu ku ngano y’u Rwanda.

    Umubare munini w’abatuye muri uwo mujyi utabona uko ugereranya n’indi yo mu Rwanda ni impunzi, zimwe zaturutse muri Sudani izindi zahatujwe nyuma y’amakimbirane akomeye y’abaturage b’abayisilamu n’abandi b’abakirisitu.

    Hashize igihe Ingabo z’u Rwanda ziri muri ako gace, zirimo izikoresha ibifaru, aho zinafite ibitaro byo ku rwego rwo hejuru bifasha abakozi ba MINUSCA n’izo mpunzi mu gihe zikeneye ubuvuzi bwisumbuyeho.

    Ku wa Gatanu w’iki cyumweru, zashimiwe umusanzu wazo mu kugarura amahoro muri ako gace. Ukuriye Ingabo za Loni ziri muri Centrafrique, Lt Gen Daniel Sidiki Traoré, yazihaye imidali kubera ibyo bikorwa by’indashyikirwa.

    Col Prof Alex Butera uyobora ibitaro by’u Rwanda biri muri ako gace, yavuze ko byo n’abasirikare barwanisha ibifaru bakorera mu gice kigoye kuko cyakunze kwibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro. Gusa yavuze ko inshingano zabo zakozwe neza, baharanira ubuzima bwiza bw’ingabo binyuze mu buvuzi cyo kimwe no kurinda abasivile.

    Muri ako gace hari Batayo ebyiri z’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’ibitaro biri ku rwego rwo hejuru.

    Abasirikare b’u Rwanda bari i Bria bashimiwe umusanzu wabo mu kugarura amahoro muri ako gace

    Lt Gen Daniel Sidiki Traoré ubwo yambikaga imidali ingabo z’u Rwanda

    I Bria niho haba Ingabo z’u Rwanda zirwanisha ibifaru ndetse hari n’ibitaro byazo byo ku rwego rwo hejuru

    Inkuru wasoma: Tujyane i Bria mu Ngabo za RDF zirwanisha ibifaru: Agace kabaye amatongo!


  • Covid-19: Polisi yaburiye abaturage nyuma yo gufata 141 barenze ku mabwiriza ya Guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    CIP Joseph Nzabonimpa Ushinzwe ibikorwa byo guhuza Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko kuri ubu abaturage 141 bamaze gufatwa muri utu turere barenze kuri gahunda ya Guma mu Rugo.

    Yagize ati “Hari abantu twaraye dufashe bishe amabwiriza nka Nyagatare dufite abantu 87, baraye bafashwe kuko batubahirije amabwiriza, Rwamagana dufite abantu 54 nabo baraye bafashwe.”

    CIP Nzabonimpa yagiriye inama abaturage yo kwirinda kurenga ku mabwiriza no kubeshya inzego z’umutekano bahura na zo.

    Yavuze ko “Hari abenshi batangiye gufatwa bagendagenda bababaza iyo bajya bakabeshya ko bagiye kuri banki nyamara atari ho bagiye”, ahera aho asaba abaturage bo mu turere twashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo kwitwararika kugira ngo icyorezo kigabanuke.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yasabye abaturage kwitwararika bakirinda kuva mu ngo zabo “Kuko icyorezo kigihari kandi kiri kwandura cyane.”

    Uturere umunani n’Umujyi wa Kigali twatangiye gahunda ya Guma mu Rugo kuri uyu wa Gatandatu mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, nyuma y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Nyakanga 2021, yafashe iki cyemezo.

    Utwo turere ni Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, uturere dusigaye na two tukazakomeza kuhahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Polisi yasabye abantu bari mu bice byashyizwe muri Guma mu Rugo, kubahiriza amabwiriza bahawe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19

  • Umwamikazi Elizabeth yashimiye Mutoni ku bwo guteza imbere urubyiruko rwo mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mutoni Jean d’Amour wahawe igihembo n’Umwamikazi Elizabeth mu 2015 cya Queen’s Young Leaders Award, cy’umuyobozi mwiza wabashije guhindura sosiyete ye, yongeye kumushima ku bw’intambwe yateye yo gufasha urubyiruko kwihangira imirimo, rukiteza imbere ruteza imbere n’abandi kuko iyo mirimo iha akazi urundi rubyiruko.

    Mutoni yashimiwe mu nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga yari yahuje urubyiruko ruturuka mu Rwanda, mu Bwongereza, Maldives na Guyana rwabashije kuzana impinduka muri sosiyete rutuyemo, rutewe inkunga n’umuryango ufasha urubyiruko rufite imishinga ruba mu bihugu biri mu muryango witwa “The Queen’s Commonwealth Trust”.

    Iyi nama yari yitabiriwe n’Umuyobozi w’uyu muryango, Nicola Brentnall yanatumiwemo Umwamikazi Elizabeth, aho yeretswe ibyo urwo rubyiruko rwagezeho n’icyo imiryango rwashinze iri gufasha sosiyete yabo.

    Mutoni Jean D’Amour ubwo yerekanaga ibyo yagezeho yagize ati “Abantu baza hano [muri AOG] bafite ibitekerezo gusa, bagasohokamo bagiye gutangira imishinga ibyara inyungu.”

    Aho AOG ikorera hari urukuta rumanitseho amafoto y’urubyiruko rwabashije kwihangira imirimo rubikesheje amasomo rwakuye muri uyu muryango aho yatanze urugero rw’umwe muri bo.

    Yagize ati “Mfite urugero rw’umwe mu rubyiruko nshaka kubereka nyakubahwa [Umwamikazi Elizabeth]. Nina yatangiye muri porogaramu yacu mu 2019, ajya gutangira umushinga we mu byerekeye ubuhinzi, none mu cyumweru gishize yashimiwe kuri televiziyo y’igihugu kuko yahaye imirimo urubyiruko rurenga 80 mu myaka ibiri gusa.”

    Umwamikazi yamushimye cyane aramubwira ati “Ni byiza cyane kuba warabashije kuzana impinduka mu bantu […] urakoze kubidusangiza.”

    Mutoni Jean d’Amour yatangiye umuryango Act of Gratitude [AOG] mu 2011 afatanyije n’abanyeshuri bigaga hamwe muri Kaminuza y’u Rwanda bagamije gufasha abakene, aho batangaga ibiryo ku bana bashonje, imyenda ku mpunzi ziri mu nkambi no ku mfubyi zirera, bagasura abarwayi ndetse bagakora n’ibindi bikorwa by’ubugiraneza.

    Kugeza ubu AOG ni umuryango ukomeye ufasha urubyiruko kwihangira imirimo, aho umaze gufasha imishinga irenga 222, iyo mishinga ikaba yarahanze imirimo ku rubyiruko rurenga 637.

    🇷🇼 Jean d’Amour Mutoni from Rwanda showed Her Majesty around @AOGRwanda, an enterprise he co-founded that supports Rwanda’s social entrepreneurs.

    👨🏾‍💼 He spoke to The Queen about how AOG, which has had support from @queenscomtrust, encourages young people to start businesses. pic.twitter.com/HZjzub9UV1

    — The Royal Family (@RoyalFamily) July 16, 2021

    Mutoni Jean d’Amour wahawe igihembo n’Umwamikazi Elizabeth mu 2015 cya Queen’s Young Leaders Award, cy’umuyobozi mwiza wabashije guhindura sosiyete ye, yongeye kumushima ku bw’intambwe yateye yo gufasha urubyiruko kwihangira imirimo

  • Ruhango: Abantu 230 bafatiwe mu masengesho i Kanyarira; buri wese yari afite icyifuzo cyihariye ashyiriye Imana – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bufatanyije n’inzego z’umutekano, kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 17 Nyakanga 2021, nibwo bwafashe aba bantu.

    Akarere ka Ruhango ni kamwe mu tutari muri gahunda ya Guma mu Rugo, gusa nubwo bimeze bityo abagatuye babujijwe gukora amateraniro ahuza abantu benshi.

    Bamwe mu bafashwe barenze kuri aya mabwiriza bavuga ko bari bagiye gusengera icyorezo cya Covid-19 gikomeje kwiyongera. Bemera ko bakoze amakosa bakanayasabira imbabazi.

    Uwitwa Niyigaba Nathan, wari waturutse mu Murenge wa Mbuye, ngo yari yatereye uyu musozi agiye gusengera umuvandimwe we urwariye Covid-19 i Kigali.

    Ati “Nari nazindutse nje gusengera umuvandimwe wanjye uri i Kigali urwaye, nakoze amakosa ndenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, ndasaba imbabazi ko bitazongera kuko ntiwakubaha Imana utubashye abayobozi kuko ni yo ibashyiraho”.

    Uwababyeyi Rosine we yari yaturutse mu Karere ka Muhanga, Umurenge wa Nyamabuye, Akagari ka Gahogo, yasabye abantu gusengera mu ngo aho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ati “Nari naje nje gusengera igihugu cyacu ngo iki cyorezo kigabanuke, abantu bareke twubahe abayobozi two kurenga ku mabwiriza yashyizweho, abantu nibasengere mu rugo kuko iki cyorezo gikomeje kwiyongera, naje ntazi ko mpahurira n’abantu bangana gutya ariyo mpamvu nsaba imbabazi”.

    Mukamasabo Suzanne wari waturutse mu Murenge wa Byimana, mu byari byamutereje uyu musozi wa Kanyarira harimo n’icyifuzo cyo gusenga ngo abone amafaranga yo kurihira abana be amashuri.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yasabye abantu kutarenga ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo gikomeje gukaza umurego, yongeraho ko bakwiye kujya basengera ahemewe kuko muri aka karere hari insengero zemerewe gukora.

    Ati “Ubusanzwe na mbere ya Covid-19 gusengera kuri uyu musozi ntibyari byemewe, bakoze amakosa yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 harimo n’abarenze akarere.”

    “Turashimira inzego z’umutekano zadufashije gufata aba bantu barenga ku mabwiriza yashyizweho, ntitwanze ko abantu basenga icyo twanga ni ukutubahiriza amabwiriza yashyizweho byashyira ubuzima bwabo mu kaga”.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yasabye abantu kwirinda kugwa mu mutego wo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Ati “Sinumva uburyo umuntu arenga akarere akajya mu kandi kandi abizi ko bitemewe, aba bantu bahuriye aha bavuye ahantu hatandukanye, bose nta n’umwe wari wipimishije iki cyorezo.”

    “Abantu bakwiye kujya baduha amakuru kugira ngo dukomeze guhashya abantu banyuranya n’amabwiriza yashyizweho. Turabasaba kandi kumva ko iki cyorezo gihari kandi giteye inkeke, bubahirize amabwiriza uko agenwa nibyo bizadufasha gutsinda iki cyorezo”.

    Aba bafatiwe kuri uyu musozi wa Kanyarira uko ari 239, abagera ku 170 bari baturutse mu Karere ka Ruhango, 67 bavuye mu Karere ka Muhanga, abandi babiri baturutse mu tundi turere nka Nyagatare.

    Uko bafashwe bose babanje kwigishwa, buri wese agomba kurekurwa yishyuye 10.000Frw by’amafaranga y’u Rwanda.

    Uyu musozi wa Kanyarira waramamaye mu gusengerwaho kuko abemera Imana bizera ko bawuboneraho ibisubizo by’ibibazo byabo. Uganwa n’abantu b’ingeri zose, bo mu madini atandukanye.

    Buri wese uwuzamuka aba afite icyifuzo kuri we kimukomereye, akizera ko azawuvaho asubijwe.

    Icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Ruhango kimaze gutwara ubuzima bw’abantu bagera kuri 15.

    Abafatiwe kuri uyu musozi biganjemo urubyiruko

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yasabye aba baturage gufasha ubuyobozi kwigisha abandi kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Buri wese yaciwe amande y’ibihumbi 10.000 Frw

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yasabye abantu kwirinda kugwa mu makosa yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

  • Minisitiri Gatabazi yasezeye ku Ntumwa ya Papa mu Rwanda, Musenyeri Andrzej Józefowicz – #rwanda #RwOT

    Musenyeri Andrzej Józefowicz yageze mu Rwanda mu 2017.

    Ku wa Gatanu yabonanye na Minisitiri Gatabazi baganira ku mubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Kiliziya Gatolika wahinduye isura ku wa 20 Werurwe 2017 ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzindiko rw’amateka i Vatican kwa Papa.

    Musenyeri Józefowicz yabwiye Minisitiri Gatabazi ko nyuma y’urwo ruzinduko Umukuru w’Igihugu yagiriye i Vatican “rwagabanyije imvugo mbi zavugwagwa kuri Kiliziya Gatolika, zari zitangiye kugira ingaruka mbi kuri Kiliziya cyane cyane nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

    Mu gihe yari amaze mu Rwanda, rwabonye Cardinal wa mbere Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, wahawe ubwo butumwa mu Ugushyingo 2020.

    Musenyeri Andrzej Józefowicz yavutse kuwa 14 Mutarama 1965, avukira muri Pologne mu Mujyi witwa Bicka.

    Mu 1990, uyu mugabo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga mu mategeko ya Kiliziya n’amategeko mbonezamubano.

    Yahagarariye Papa mu bihugu birimo Mozambique, Thailand, Hongrie, Syria, Iran n’u Burusiya, akaba afite ubushobozi bwo kuvuga indimi zirimo Icyongereza, Igi-Portugal, Igitaliyani, Igifaransa n’Ikirusiya.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasezeye Intumwa ya Papa Francis mu Rwanda, Musenyeri Andrzej Józefowicz

  • CP Kabera yifashishije Bibiliya aburira abitwaza gusenga bakarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’uko abantu 239 bafatiwe ku musozi wa Kanyarira mu Murenge wa Byimana, Akagari ka Mpanda bari gusenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    CP Kabera yifashishije ubutumwa buboneka muri Bibiliya mu gitabo cy’Ibyahishuwe, avuga ko Umwami Yesu Kristo azagaruka mu Isi aje gutwara Itorero [Abera], ko baramutse batirinze icyorezo cya Covid-19 uwo mwami yazasanga cyarabahitanye.

    Ati “Mu by’ukuri, dusoma ko […] mu Byahishuwe ko ngo ‘Umwami’ azagaruka gutwara Itorero, ariko mu gihe ataragaruka nibadufashe [abavugabutumwa] turinde abo azaza gutwara, kwirinda no gukwirakwiza iki cyorezo cya Covid-19. Ni ikintu gikomeye cyane rwose ngira ngo abantu bashyiremo imbaraga.”

    Yakomeje agira ati “Ntabwo gusengera mu rugo rw’umuntu ku giti cye bibujijwe, yabikora ariko ngira ngo ibintu byo guhamagarana noneho bikarenga n’aho mugenda mugahurira mu ishyamba nka hariya uko mwabibonye nkeka ko biri ku rundi rwego.”

    Aba bafatiwe kuri uyu musozi wa Kanyarira uko ari 239, abagera ku 170 bari baturutse mu Karere ka Ruhango, 67 bavuye mu Karere ka Muhanga, abandi babiri baturutse mu tundi turere nka Nyagatare.

    Uko bafashwe bose babanje kwigishwa, buri wese arekurwa yishyuye amande 10.000 Frw.

    Uyu musozi wa Kanyarira waramamaye mu gusengerwaho kuko abemera Imana bizera ko bawuboneraho ibisubizo by’ibibazo byabo. Uganwa n’abantu b’ingeri zose, bo mu madini atandukanye.

    Aha hantu hazwi nko ‘Mu Butayu’ buri wese uhazamuka aba afite icyifuzo kuri we kimukomereye, akizera ko azawuvaho asubijwe.

    CP Kabera yaburiye Abakirisito barenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19

    Abaturage benshi biganjemo abagore bafite n’abana bafatiwe i Kanyarira bagiye gusenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19

  • Zimbabwe yashyigikiye iyoherezwa ry’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique; Menya inzira yagegeje RDF na RNP i Cabo Delgado – #rwanda #RwOT

    Mu mpera za Mata ni bwo Nyusi yagiriye uruzinduko mu Rwanda, icyo gihe byatangajwe ko mu byo yaganiriye na Perezida Kagame harimo n’ibikorwa byo kurwanya iterabwoba.

    Bivugwa ko Nyusi ubwo yazaga mu Rwanda, yari azanywe no gusaba Kagame ubufasha mu kurwanya imitwe y’iterabwoba yigabije igihugu cye. Ngo ni inama yari yaragiriwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wamubwiye ko agomba kwegera Kagame akamusaba ubufasha.

    Macron ubwo yari mu Rwanda muri Gicurasi mu ruzinduko yahagiriye rw’iminsi ibiri, yaciye amarenga kuri iki kintu. Mu kiganiro n’abanyamakuru, yavuze ko mu byo yaganiriye na Perezida Kagame harimo n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino, atanga urugero kuri Centrafrique na Mozambique.

    Macron yavuye mu Rwanda, hashize iminsi mike muri Kamena, itsinda ry’abasirikare bakuru b’u Rwanda 35 rihita ryerekeza muri Mozambique ahitwa Pemba mu gikorwa cyiswe “reconnaissance” cyo kugenzura neza uburyo ibintu byifashe.

    U Rwanda rwabonywe nk’umucunguzi

    Mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Mozambique, hari Tanzania. Ni kimwe mu bihugu bigirwaho ingaruka n’umutekano muke uri ku muturanyi wayo. Ubwo byatangiraga kuvugwa ko u Rwanda rushobora kohereza Ingabo n’Abapolisi mu bice birimo intambara, Tanzania yahise ibishyigikira kuko ari igisubizo ku mutekano wayo.

    Mu ntangiriro za Gicurasi, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, bagiriye uruzinduko muri Tanzania bahura na bagenzi babo.

    Amakuru avuga ko Nyusi yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye bigamije gusaba ubufasha bwo kurwanya imitwe y’iterabwoba imwugarije. Yaganiriye na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Charles Michel.

    U Rwanda yarubonaga nk’igihugu gisanzwe gitanga ubufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro, gifite n’inararibonye muri ibyo bikorwa ndetse yari amahitamo ya hafi agendeye ku kazi keza ruri gukora muri Repubulika ya Centrafrique.

    Ku rundi ruhande, Tanzania nta bushake yagaragazaga bwo kuba yajya muri iyi ntambara, ari yo mpamvu yahise ishyigikira u Rwanda. Bivugwa ko u Bufaransa bwo bwabigiyemo gake kubera uko bwakunze kunengwa ku ntambara yo muri Sahel.

    Ikindi kandi uko kongera kujya mu ntambara muri Afurika byari gutuma amahirwe ya Macron mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha agera aho yabarirwa ku ntoki.

    Umuvugizi w’Ishyaka riri ku butegetsi muri Zimbabwe, Zanu PF, Simon Khaya Moyo, yavuze ko igihugu cye nta kibazo kibona mu kuba Mozambique yakorana n’u Rwanda.

    Ati “Byasobanuwe neza kandi Perezida Emmerson Mnangagwa na Biro Politiki y’ishyaka, yemera ko Mozambique ari igihugu cyigenga, gifite ubushobozi bwo kugirana imikoranire na Repubulika iyo ari yo yose ku bw’inyungu z’umutekano mu gihe koherezayo izo ngabo bidateye ikibazo kuri Zimbabwe.”

    Zimbabwe ni kimwe mu bihugu byo muri SADC byemeye ko ingabo zabyo zizajya muri iyi ntambara yo muri Mozambique mu gace ka Cabo Delgado.

    Ku rundi ruhande, Afurika y’Epfo ni cyo gihugu cyonyine mu byo muri Afurika y’Amajyepfo kitishimiye ko u Rwanda rwohereje ingabo muri Mozambique aho mu minsi ishize Minisitiri w’Ingabo, Mapisa-Nqakula, yabwiye itangazamakuru ko batanyuzwe no kuba Perezida Nyusi yarafashe umwanzuro wo gusaba ubufasha u Rwanda atabanje kubagisha inama.

    Ati “Birababaje kubona iri yoherezwa riba mbere y’iyoherezwa ry’ingabo za SADC, kuko uko umubano hagati y’u Rwanda na Mozambique waba umeze kose, umuntu yakwiteze ko u Rwanda rujya muri Mozambique hagendewe ku butumwa bwatanzwe n’abakuru b’ibihugu bo mu karere ka SADC”.

    Hagati aho kandi, mu ruzinduko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, aheruka kugirira muri Afurika y’Epfo, yavuze ko ibihugu byombi bishobora gukorana mu gushakira igisubizo amakimbirane n’umutekano muke ukigaragara muri Afurika, atanga urugero kuri Mozambique.

    U Bufaransa, Amerika na Portugal byemeye gutoza ingabo

    Portugal yakolonije Mozambique yemeye gutanga ubufasha binyuze mu myitozo ya gisirikare. Nibura abasirikare 60 ni bo bazoherezwa n’iki gihugu ariko bikemezwa n’itsinda ry’u Burayi rishinzwe iby’imyitozo ya gisirikare, EUTM.

    Umuryango w’Ibihugu by’u Burayi, EU, na wo wemeye ko uzatanga ubufasha mu bijyanye n’imyitozo ya gisirikare. U Bufaransa, u Butaliyani na Espagne na byo byemeye kuzatanga abazaha imyitozo ingabo za Mozambique binyuze muri EUTM.

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika na zo zemeye gutanga ubufasha ariko na bwo buzanyura mu myitozo ya gisirikare. Muri Werurwe ni bwo itsinda ry’abasirikare ba Amerika bo mu mutwe udasanzwe ryatangiye gutoza Ingabo za Mozambique.

    Mu mpera z’ukwezi gushize, Inama y’Abaminisitiri bo muri SADC, yemeje ingengo y’imari ya miliyoni 12 z’amadolari nk’azifashishwa n’umutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye muri uyu muryango.

    Igice kimwe cyakuwe mu kigega cy’uyu muryango hanyuma miliyoni 7$ zitangwa nk’imisanzu n’ibihugu binyamuryango.

    Muri Werurwe byavugwaga ko SADC izohereza ingabo 3000 muri Mozambique mu gace ka Cabo Delgado. Izo zirimo Batayo eshatu z’ingabo zirwanira ku butaka, imwe igizwe n’abasirikare 630, ingabo zo mu mutwe udasanzwe wa gisirikare ziri mu matsinda abiri rimwe rigizwe n’abasirikare 70, kajugujugu ebyiri, ubwato bubiri bw’intambara, kajugujugu ebyiri z’intambara, ubwato bugendera munsi y’amazi n’ibindi.

    Ku rundi ruhande, u Rwanda ruzishyura ibizakenerwa byose n’ingabo zarwo muri iyi ntambara.

    Ku wa 10 Nyakanga nibwo Abapolisi n’Ingabo z’u Rwanda batangiye kwerekeza muri Mozambique