Tag: featured

  • AIMF yanyuzwe n’uburyo iterambere ry’imijyi ritari muri Kigali gusa – #rwanda #RwOT

    Abitabiriye iyi nama basuye ibikorwa biri mu mijyi itandukanye bareba uburyo iterambere muri iyo mijyi ryagejejwe ku baturage. Ni muri urwo rwego iri tsinda ryasuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi, rigatemberezwa mu bice byawo birimo inzu zatujwemo abaturage, amashuri, ivuriro, ibiraro byo kororeramo amatungo, agakiriro n’ibindi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeanine, ari na we wakiriye iri tsinda, yavuze ko aba bashyitsi bishimiye ko Leta y’u Rwanda ishyira imbaraga mu guteza imbere imijyi itandukanye itari Kigali gusa, bahamya ko ari umugambi mwiza wo kubaka iterambere rirambye.

    Yagize ati “Twakiriye itsinda ry’abayobozi 32 bari mu bitabiriye Inana ya 41 y’Abayobozi b’Imijyi ikoresha Igifaransa, twabatembereje mu Kinigi aho abaturage batuye mu Mudugudu w’Icyitegererezo, basura ibice byawo birimo aho bororera, amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ndetse n’irerero ry’abana bato.”

    Uyu muyobozi yavuze ko ingendo nk’izi ari ingenzi mu gusangira ubunararibonye hagati y’imijyi, ati “Icyo uru ruzinduko ruba rugamije ni ukwigira hamwe no kureba icyo bamwe bakwigira ku bandi. Banyuzwe n’iterambere bahasanze kuko bari biteze ko bashobora kurisanga muri Kigali ariko baryiboneye hano mu Kinigi. Bari bafite ubushake bwo kumenya byinshi ku buryo bifuje ko tuzakorana cyane bakajya batubaza kuri byinshi mu iterambere rya Musanze.”

    Inama ya AIMF yabereye i Kigali kuva ku wa 19 kugeza ku wa 22 Nyakanga 2021. Ku wa 21 Nyakanga 2021, Perezida Paul Kagame yakiriye Meya w’Umujyi wa Paris, Anne Hidalgo akaba n’Umuyobozi Mukuru wa AIMF.

    Ku munsi wayo wa nyuma abayitabiriye basuye ibikorwa bitandukanye bikorerwa abaturage bijyanye n’imiturire aho basuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

    Hari kandi itsinda ryasuye Akarere ka Gasabo rireba ibikorwa by’abajyanama b’ubuzima n’iryasuye Akarere ka Nyarugenge rireba uko abaturage bahabwa serivisi zitandukanye binyuze ku Irembo.

    Umujyi wa Musanze uri mu mijyi itandatu yunganira Umujyi wa Kigali, ukaba umaze kugezwamo ibikorwaremezo bitandukanye bifasha abaturage mu iterambere

    Abagize itsinda rya AIMF basuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi

    Abagize iri tsinda banasuye amashuri y’inshuke ari muri uwo mudugudu

  • Masai Ujiri uyobora Raptors yahawe ubutaka na Leta i Kigali: Menya imishinga ateganya n’umubano we n’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Inkondabutaka ni uburyo bwo gutunga ubutaka bushingiye ku masezerano leta igirana n’umuntu imuha uburenganzira busesuye kandi bwa burundu.

    Masai w’imyaka 51, asanzwe ari inshuti y’u Rwanda by’umwihariko ni umuntu wa hafi wa Perezida Kagame. Ni umwe mu bagize uruhare mu gitekerezo cy’iyubakwa rya Kigali Arena cyaturutse mu biganiro bagiranye bari ku mukino wa NBA All Stars muri Canada.

    Isanwa ry’ikibuga cy’umukino w’intoki wa Basketball cyo kuri Club Rafiki i Nyamirambo n’ingando z’abana bakina Basketball ziba kuva mu 2015 ni bimwe mu bikorwa byashibutse ku ruhare agira mu iterambere ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ndetse no ku mugabane wa Afurika muri rusange.

    Masai washakanye na Ramatu Ujiri bafitanye abana babiri, abarirwa umutungo ungana na miliyoni 20$. Yakinnye Baksteball i Burayi hagati ya 1991 na 2001, mu 2002 atangira gushakira abakinnyi amakipe arimo Orlando Magic na Denver Nuggets.

    Mu 2013, yasinye imyaka itanu yo kuba umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa by’ikipe ya Toronto Raptors ahawe miliyoni 15$ mu gihe nyuma y’imyaka itatu yasinye andi y’imyaka itanu nka Perezida w’iyi kipe kuri miliyoni 32$.

    Uyu mugabo ubushuti afitanye n’u Rwanda bwamuhesheje ubutaka i Kigali, ateganya gukoreraho ibikorwaremezo bitandukanye. Yabuhawe ku mpamvu zihariye z’inyungu z’igihugu zigamije kwihutisha iterambere nk’uko bigenwa n’itegeko no 27/2021 ryo ku wa 10/06/2021 rigenga ubutaka mu Rwanda n’Itegeko Nshinga rya 2003 nk’uko ryavuguruwe mu 2015.

    Iteka rya Perezida ryemeza itangwa ry’ubu butaka ryasohotse mu igazeti ya leta ku wa 19 Nyakanga 2021, nyuma y’aho bisabwe na Minisitiri w’Ibidukikije ndetse Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 12 Kamena 2021 ikabyemeza.

    Ni ubutaka buri mu kibanza n° UPI 1/02/13/04/972 bungana na hegitari ebyiri n’ibice bine (2,4 ha) buherereye mu Mudugudu wa Amahoro, Akagari ka Rukiri II, Umurenge wa Remera, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali.

    Iteka rya Perezida rihesha Masai ubwo butaka rivuga ko afite inshingano zo kubukoresha icyo yabuherewe n’iteganyabikorwa yagaragaje ryemejwe n’urwego rubifitiye ububasha, amategeko agenga imikoreshereze y’ubutaka n’izindi nyandiko zigenwa hakurikijwe amategeko abigenga.

    Mu gihe atubahirije ibiteganyijwe, Leta y’u Rwanda ifite uburenganzira bwo gutesha agaciro inkondabutaka yatanzwe kuri ubu butaka.

    Amakuru IGIHE ifite ni uko mu byo Masai Ujiri ateganya gukorera kuri ubu butaka harimo kuhubaka hotel (Boutique hotel), restaurants, amaguriro y’ibicuruzwa bitandukanye, ibibuga bya basketball na tennis na serivisi zijyanye n’iyi mikino.

    Izina rya Masai Ujiri risanzwe rizwi bitewe n’ibikorwa yakoze abinyujije mu mushinga we Giants of Africa (GOA) anyuzamo ubufasha bugenewe abakiri bato bo ku Mugabane wa Afurika ngo bakure bakunda umukino wa Basketball.

    Umushinga GOA watangiye mu 2003 ukorera muri Nigeria ariko mu 2014 Masai awagurira no mu bindi bihugu bya Afurika birimo n’u Rwanda aho yagize uruhare mu isanwa ry’ikibuga cy’umukino w’intoki wa Basketball cyo kuri Club Rafiki i Nyamirambo, cyaje gutahwa na Perezida Paul Kagame na Masai Ujiri ku wa 8 Kanama 2017.

    Perezida Kagame na Masai Ujiri kandi muri Gashyantare 2020 bamuritse iserukiramuco rya Giants of Africa ryagombaga kubera i Kigali muri Kanama 2020 rigahuza ibihugu 11.

    Icyo gihe Perezida Kagame yashimiye Masai Ujiri wazanye Umushinga Giants of Africa, avuga ko iri huriro ari ingenzi ku buryo ryabyazwa umusaruro mu kuzamura abana ba Afurika.

    Masai Ujiri na we yashimiye Perezida Kagame ku ruhare agaragaza mu iterambere rya Afurika, avuga uburyo ari umugabo ushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje byose nko kuba yaramubwiye ko agiye kubaka Kigali Arena mu gihe gito ikaba irubatswe.

    Masai Ujiri wavutse mu 1970, ni Umunya-Canada ukomoka ku babyeyi bo muri Nigeria. Ni Perezida w’ikipe yaToronto Raptors yahesheje igikombe cya Shampiyona ya NBA mu 2019 ari na cyo cya mbere yegukanye mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Golden State Warriors yari ifite icya 2018.

    Icyo gihe Perezida Kagame yaramushimiye ku bw’iyo ntsinzi mu butumwa yanyujije kuri twitter. Ati “Muvandimwe Masai Ujiri, wagaragaje icyo imiyoborere yo kureba kure no kwiyemeza bishobora kugeraho. Muduhesheje ishema.”

    Masai Ujiri yatangiye gukina Basketball kuva mu bwana bwe kuko yari afite imyaka 13 y’amavuko. Ageze mu mashuri yisumbuye ababyeyi be bamufashashije gukabya inzozi zo gukina mu ikipe y’ikigo no kwinjira mu makipe akomeye muri shampiyona yo ku mugabane w’u Burayi.

    Yakiniye amakipe nka Solent Stars muri shampiyona ya Basketball, icyiciro cya gatatu mu Bwongereza ( 1991-1992), Derby Stars (1996-1997), Solent Stars (1997-1999), Hermel Royals (1999), BC Nokia yo muri Finland (2000), Tournai-Estaimpuis mu Bubiligi (2000-2001) ahagarika gukina nk’uwabigize umwuga mu 2002.

    Mu 2019, Ujiri yatangije ikigo gifasha abatishoboye cyitwa ‘That’s Humanity’. Muri Gashyantare 2020 yari mu itsinda ry’abaherekeje Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau mu ruzinduko yagiriye mu bihugu bya Afurika birimo Ethiopie na Senegal.

    Perezida Kagame na Masai Ujiri watangije umushinga wa Giants of Africa, ubwo bageraga muri Kigali Arena bagiye kumurika iserukiramuco ryagombaga kubera i Kigali muri Kanama 2020

    Masai Ujiri ni inshuti ikomeye y’u Rwanda ndetse ajya anarusura mu bikorwa bitari iby’akazi

    Masai ni umwe mu bari i Kigali ubwo u Rwanda rwakiraga imikino ya BAL

    Mu 2019, Masai Ujiri yari yasazwe n’ibyishimo ubwo Toronto Raptors yegukanaga igikombe cya NBA itsinze Golden State Warriors

  • Amakipe 10 arimo APR FC yemeje ko azitabira CECAFA Kagame Cup #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guhera tariki 01 kugera 15/08/2021 mu mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania hateganyijwe irushanwa rya CECAFA rihuza amakipe rizwi nka CECAFA Kagame Cup, aho kugeza ubu amakipe 10 ari yo amaze kwemerakuryitabira.

    Auka Gecheo, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa CECAFA yavuze ko tombola y’uko amakipe azahura izakorwa tariki 27, ndetse iyi CECAFA ikazaba ari n’umwanya wo gufasha amakipe kwitegura amarushanwa ya CAF arimo CAF Champions League na CAF Confederation Cup.

    KCCA FC yegukanye CECAFA Kagame Cup iheruka kubera mu Rwanda
    KCCA FC yegukanye CECAFA Kagame Cup iheruka kubera mu Rwanda

    Amwe mu makipe azitabira iyi CECAFA Kagame Cup harimo KCCA yegukanye irushanwa riheruka, hakazazamo ikipe ya Big Bullets yo muri Malawei izaza nk’umutumirwa, u Rwanda rukazahagararirwa na APR FC yegukanye shampiyona iheruka.

    APR FC muri CECAFA iheruka yari yasezerewe na AS Maniema kuri Penaliti
    APR FC muri CECAFA iheruka yari yasezerewe na AS Maniema kuri Penaliti

    Amakipe amaze kwemera kwitabira CECAFA Kagame Cup 2021: Young Africans SC, Azam FC (Tanzania), Altabara FC (South Sudan), Le Messager Ngozi FC (Burundi), APR (Rwanda), Express FC, KCCA FC (Uganda), Tusker FC (Kenya), KMKM SC (Zanzibar), Big Bullets FC (Malawi).


  • Covid-19 yahungabanyije imyigire ku bana bose, by’umwihariko abakobwa – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagamae avuga ko Covid-19 yahungabanyije imyigire
    Perezida Kagamae avuga ko Covid-19 yahungabanyije imyigire

    Ibyo Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yitabiraga inama yateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), inama yavugaga ku myigishirize y’ikoranabuhanga, akaba yagaragaje ko hakiri icyuho giterwa n’ubusumbane bw’imibereho y’abatuye isi, kikagaragarira mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu bana bose ariko by’umwihariko ku bakobwa.

    Perezida Kagame yahamagariye abatuye isi kongera imbaraga mu myigire y’umumwana w’umukobwa, kugira ngo icyorezo kidakomeza kugira uruhare mu kumusubiza inyuma.

    Ati “Dufite amahirwe yo kongera kwita ku myigire y’abana b’abakobwa, bityo badakomeza kurushaho gusigara inyuma”.

    Yatanze urugero rw’u Rwanda, aho rukomeje gushora imari mu bikorwa remezo by’ikoranabuhanga, kugira ngo urubyiruko rugire ubumenyi bwarufasha guhangana ku isoko mpuzamahanga.

    Aha Perezida Kagame yatanze urugero ku ishuri rya Coding Academy, ryigisha ikoranabuhanga ryakira abakobwa benshi.

    Ati “Urugero nk’ishuri rya Coding Academy ryakira 50% by’abakobwa, bityo rigasubiza ibibazo by’ubuke bwabo muri ba enjeniyeri, binyuze mu masomo y’ikoranabuhanga ku rwego rw’amashuri yisumbuye”.

    Yagaragaje ibigo by’ikitegererezo mu ikoranabuhanga nka Carnegie Mellon University-Africa, Kaminuza y’u Rwanda na African Institute of Mathematical Sciences, byahaye abakobwa amahirwe yo kubyigamo.

    Yagize ati “Tugomba kwizera ko iki kibazo cy’ubuzima kiri ku rwego rw’isi kidasiba ibyo twagezeho, ndetse n’izindi mbaraga hirya no hino ku isi zifite gahunda yo kubaka ikoranabuhanga rishingiye ku buringanire”.

    Iyo nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure, Perezida Kagame yayitabiriye ku wa Kane tariki 22 Nyakanga 2021.


  • Abongereza bitereye mu bicu barabyina buzura imihanda ubwo utubari twongeraga gufungura||udupfukamunwa twabaye amateka. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'amezi 16 utubari n'utubyiniro bifunzwe kubera icyorezo cya Covid-19, byongeye gukomorerwa mugihugu cy'Ubwongereza.Kwambara agapfukamunwa, guhana intera ntabwo bikiri itegeko muri iki gihugu.Byari ibyishimo bidasanzwe kubakunda akabari.

    Ku Cyumweru nibwo, hatangajwe ko, utubari n'utubyiniro byongeye gukomorerwa nubwo icyorezo cya Koronavirusi kicyibasiriye abatuye iki gihugu.Byari ibyishimo bidasanzwe ku baturage batuye iki gihugu ubwo utubari n'utubyiniro byongeraga gufungurwa, utubari hafi ya twose two mu mujyi wa Londre twari twuzuye abantu baje kwinezeza abandi batonze imirongo bashaka kwinjira ndetse hari naho amatike yo kwinjira yari yamaze gushira.Ubwongereza ni kimwe mu bihugu byambere ku isi byakuyeho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Koronavirusi harimo kwambara agapfuka munwa no guhana intera hagati y'umuntu nundi.

    Nubwo ibi byakuweho, guverinoma y'Ubwongereza iherutse gutangazako abantu badakwiye kwirara kuko icyorezo kigihari muri iki gihugu.
    Bamwe mubaharanira uburenganzira bwa muntu mu Bwongereza bamaganye iki cyemezo cyo kongera gufunura utubari bavugako bishobora gushyira ubuzima bw'abantu mukaga kubera kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Source : https://yegob.rw/abongereza-bitereye-mu-bicu-barabyina-buzura-imihanda-ubwo-utubari-twongeraga-gufunguraudupfukamunwa-twabaye-amateka/

  • Umwana yahiriye ku kirwa cyo mu Akagera arakongoka – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Kagoma mu Kagari ka Isangano ku mugoroba wo kuri uyu wa 21 Nyakanga 2021.

    Amakuru avuga ko ababyeyi b’uyu mwana bari bamaze amezi abiri kuri icyo kirwa hafi ya Tanzania aho ngo bari baragiye guhinga ubutaka buhari bajyana n’abana babo batatu bakaba babaga muri shitingi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndego, Bizimana Claude, yabwiye IGIHE ati “ Ni kwa kundi abaturage bajya guhinga ku rugabano rw’u Rwanda na Tanzania baciye mu mazi bakajya hakurya, bari baragiye guhingayo bamazeyo amezi abiri, ngo bagiye kubona babona inzu nto babagamo irahiye, bigaragaza ko batari bahari, bakuyemo abana babiri undi afatwa mu nzitiramibu aza gupfa.”

    Uyu muyobozi yasabye abaturage kwirinda kujya kuba muri ibyo birwa bagiye guhinga ngo kuko bashobora guhurirayo n’ibibazo bitandukanye.

    Uretse uyu mwana wapfiriye kuri iki kirwa, nyina umubyara yahakomerekeye.


  • Perezida Kagame yagaragaje ko abakobwa bari mu bagizweho ingaruka no kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa Kane, tariki 22 Nyakanga 2021, mu butumwa yagejeje ku bitabiriye inama ku kugeza Umurongo Mugari wa Murandasi kuri bose yateguwe n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ku bufatanye n’imiryango Varkey Foundation na CJ Cultural Foundation.

    Ni inama yari yitabiriwe n’abarimo Umuyobozi Mukuru wa UNESCO, Audrey Azoulay, rwiyemezamirimo mu rwego rw’uburezi akaba ari na we washinze Varkey Foundation, ufasha mu bijyanye no gushakira uburezi abana badafite ubushobozi., Sunny Varkey n’abandi.

    Perezida Kagame yavuze ko icyorezo cya Covid-19, cyagize ingaruka ku nzego zose zigize ubuzima bw’igihugu ndetse n’urwego rw’uburezi muri rusange.

    Ati “Ihagarikwa ry’amasomo y’abanyeshuri bari kumwe na mwarimu ryagaragaje, kuruta ikindi gihe cyose, icyuho gihari mu kugera kuri murandasi, ku bumenyi ndetse no kwigira kuri murandasi ku bana bose, cyane cyane abakobwa.”

    Yakomeje agira ati “Dufite amahirwe yo kongera imbaraga mu burezi bw’abana b’abakobwa, ku buryo batazongera gusigara inyuma cyane.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu Rwanda hakomeje gukorwa ishoramari mu kubaka ibikorwaremezo nkenerwa mu ikoranabuhanga ndetse no guhugura abakiri bato.

    Yakomeje agira ati “Nk’urugero, Rwanda Coding Academy [Ishuri rifite umwihariko wo gucura abahanga mu gukora porogaramu za mudasobwa (softwares)], ryakira abakobwa 50%, ndetse rifite intego yo gukemura ibibazo by’umubare muto w’abenjeniyeri binyuze mu gushyira imbaraga mu kwigisha ayo masomo ya Engineering ku rwego rw’amashuri yisumbuye.”

    Mu bigo by’icyitegererezo mu bumenyi n’ikoranabuhanga harimo Kaminuza ya Carnegie Mellon, Kaminuza y’u Rwanda no mu Kigo Nyafurika gishinzwe guteza imbere Ubumenyi bushingiye ku Mibare AIMS, hagenda hashyirwaho uburyo bwo gufasha abakobwa kuyajyamo ari benshi.

    Perezida Kagame yavuze ko hagomba gukorwa ibishoboka byose kugira ngo izi gahunda zose zigamije kuziba icyuho mu bijyanye n’uburinganire, zitazakomwa mu nkokora n’ikibazo cy’icyorezo cya Covid-19, gihangayikishije Isi.

    Yakomeje agira ati “Kugabanya iki cyuho kandi bisaba ko dukomeza gushyira imbaraga mu bukungu budaheza, guharanira umutekano no gutekana kw’abaturage bacu no gukomeza guteza imbere uburinganire muri rusange.”

    Perezida Kagame yavuze ko ku bufatanye na UNESCO n’abandi bafatanyabikorwa baba abo mu Karere no ku Isi, u Rwanda ruzakomeza gukora ubuvugizi no gushyira mu bikorwa, mu guharanira ko abakobwa bagerwaho na serivisi z’ikoranabuhanga n’ubumenyi bakeneye.

    Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku kugeza Umurongo Mugari wa Murandasi kuri bose

  • Kujenjeka kuri COVID-19 ni uguha icyuho urupfu – Meya wa Nyagatare #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mushabe David Claudian
    Mushabe David Claudian

    Yabitangaje mu gihe guhera ku wa 17 Nyakanga 2021, Akarere ka Nyagatare kimwe n’utundi turindwi n’umujyi wa Kigali twasubiye muri Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19.

    Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 15 Nyakanga 2021, ni yo yafashe umwanzuro ko guhera ku wa 17 Nyakanga 2021, Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere umunani tugaragaramo ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19 tujya muri gahunda ya Guma mu Rugo hagamijwe kugabanya ubwiyongere bw’indwara.

    Ngendahayo Yohani, umuturage wo mu Mudugudu wa Mugali, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, avuga ko gusubira muri Guma mu Rugo ntacyo bibatwaye kuko igikomeye ari ubuzima bwabo buri mu kaga.

    We asanga iminsi icumi yatanzwe idahagije bitewe n’ubwiyongere bukabije yumva.

    Agira ati “Oya ntabwo indwara irarangira ahubwo iturimo rwose, ya nyayo ahubwo ya hatari. Iminsi 10 ntihagije ahubwo hari hakwiye nka 15 byose bigashira.”

    Ngendahayo Yohani avuga ko icyiza cya Guma mu Rugo ari uko abaturage badakomeza kugendagenda kuko ari byo bikwirakwiza indwara.

    Avuga ko n’ubu imibare kuba igenda yiyongera byatewe no kudohoka kwabo.

    Agira ati “Tuzicara hamwe no kujarajara bihagarare kandi ni byo bituma ubwandu bwiyongera.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko kuba bahana imbibi n’igihugu cya Uganda bitaba urwitwazo rw’ubwiyongere bwa COVID-19 ahubwo ngo byatewe no kudohoka kw’abaturage.

    Ibi ngo bigaragazwa n’uko abanduye benshi bagaragara mu mirenge yo hagati mu karere kurusha ihana imbibi n’umupaka wa Uganda keretse uwa Matimba gusa.

    Avuga ko kurwanya COVID-19 atari iby’ubuyobozi ahubwo ari uruhare rwa buri muturage guha agaciro ubuzima bwe kuko kurangaraho gato ari uguha icyuho urupfu.

    Ati “Turasaba ko abantu bahaguruka, kurwanya COVID-19 si ikibazo cy’umuyobozi. Ni ikibazo cy’Umunyarwanda wese wumva agaciro k’ubuzima, buri wese hano arirwanaho kugira ngo abe muzima, ni uruhare rwa buri wese.”

    Akomeza agira ati “Turasaba ko abantu babyumva neza kuko intambara turimo ni iy’urwaye, ni iy’umuturanyi, umuvandimwe. Kurangaraho uko ari ko kose gushobora gutwara abantu mu rupfu kuko barapfa turabibona.”

    Mushabe David Claudian avuga ko ingamba bamaze gufata ari uko kurwanya COVID-19 ari ugukoresha inzego guhera ku Isibo n’umudugudu, n’izindi nzego zikurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’izo ngamba.

    Izi nzego ngo zizanafasha kumenya abarwaye bari mu ngo kugira ngo badasohoka bakanduza abandi ndetse n’abafite ibibazo byo kubona ibiribwa.

    Avuga ko ngo ubu hamaze gukorwa urutonde rw’abashobora kugirwaho ingaruka na Guma mu Rugo ndetse n’abarwayi bafite bashobora kubura ibiribwa ariko ngo n’abaziyongeraho bazafashwa.


  • Mugheni Fabrice wakiniraga AFC Leopards yasinye muri AS Kigali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe ya AS Kigali izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup, ikomeje inzira zo kwiyubaka nyuma yo gutakaza bamwe mu bakinnyi b’ingenzi barimo Hakizimana Muhadjili, Nsabimana Eric Zidane ndetse na Nkinzingabo Fiston.

    Mugheni Fabrice nyuma yo gusinya muri AS Kigali
    Mugheni Fabrice nyuma yo gusinya muri AS Kigali

    Kuri uyu wa Kane iyi kipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha Mugheni Kakule fabric, umukinnyi usanzwe ukina mu kibuga hagati, akaba yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gukina umwaka umwe mu ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya.

    Mugheni Kakule Fabrice ukomoka muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo, yakiniye amakipe atandukanye hano mu Rwanda arimo ikipe ya Police Fc ndetse na Kiyovu Sports aho zombi yanazibereye kapiteni, anakinira Rayon Sports yavuyemo yerekeza muri Kenya.


  • Menya uko wabana n’umurwayi wa Covid-19 mu rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aha abagize Isibo bari baje gusura uyu mubyeyi uhagaze mu muryango wari umaze iminsi ine arwariye mu rugo COVID-19
    Aha abagize Isibo bari baje gusura uyu mubyeyi uhagaze mu muryango wari umaze iminsi ine arwariye mu rugo COVID-19

    Mu kiganiro yagiranye na The New Times dukesha iyi nkuru, Dr. Menelas Nkeshimana, ukuriye itsinda ryihariye ryo mu Kigo cy’igihugu cy’Ubuzima (RBC) rishinzwe guhangana na Covid-19, yasobanuye ibintu bitandatu byafasha umuntu kwirinda kwandura mu gihe yita ku murwayi wa Covid-19 urimo kuvurirwa mu rugo.

    1. Gufungura amadirishya

    Umuntu wese uri mu rugo agomba gushyira mu bwonko bwe ko agomba gukingura amadirishya n’inzugi kugira ngo umwuka mwiza winjire mu nzu, ibyo ntibifasha umurwayi urwariye mu rugo gusa kubona umwuka mwiza wo guhumeka , ahubwo birinda n’abandi bagize umuryango kuba bakwandura icyorezo cya Covid-19 nk’uko bivugwa n’impuguke mu buzima.

    2. Kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19

    Mu ngamba zo kwirinda zisanzweho, harimo kwambara agapfukamunwa, guhana intera mu gihe abantu bari hamwe, gukaraba intoki kenshi. Umuntu ufite umurwayi wa Covid-19 ukurikiranirwa mu rugo, agomba kwitwararika akubahiriza izo ngamba zose.

    Dr Nkeshimana ati, “ Buri wese ubu azi ibyo yakora n’ibyo atakora ku bijyanye na Covid-19. Igisigaye ni ni ukubyubahiriza mu gihe umuntu ari mu rugo. Abantu bagomba kwambara udpfukamunwa neza, niba ari udupfukamunwa dukozwe mu myenda bakatumesa neza bakatugirira isuku. Kandi bagasukura ibintu byose n’amazi meza n’isabune.”

    3. Gushyira umurwayi wa Covid-19 mu kato

    Umurwayi wa Covid-19 agomba kuba ari mu kato, akirinda uko ashoboye kose kuba yahura n’abandi babana mu nzu. Dr Nkeshimana ati, “ Akato gatangira n’imyitwarire y’umurwayi ubwe, umuntu wese upimwe agasanga arwaye Covid-19, yagombye kumva ko ari inshingano ze kurinda abo babana, akabikora bizadasabye ko haba hari umuntu ubigenzura, umurwayi akumva ko adakwiye kuba ari we wanduza abo akunda, babana mu rugo, urwayi wa Cvid-19 urwariye mu rugo yagombye kugira ibikoresho bye byihariye, kandi akaba ahantu he wenyine”.

    4. Umurwayi wa Covid-19 urwariye mu rugo yagombye guhagarika ingendo zose

    Hari abarwayi Covid-19 bamwe na bamwe baba barwariye mu ngo, bagakenera kujya gukorera siporo hanze, cyangwa se bagashaka kujya kugura ikintu runaka. Ibi ntibyagombye kubaho. Abantu babana n’uburwayi bagombye kumufasha bakajya kumugurira ibyo yifuza, ibyo ngo bifasha mu kugabanya ikwirakwira ry’ubwandu bwa Covid-19, riba rishobora kubaho mu gihe umurwayi yavuye mu kato akajya guhura n’abantu.

    5. Kugira gahunda ihamye yo kwitwararika mu rugo kandi ikubahirizwa

    Icya mbere ni ugushyiraho gahunda igomba gukurikizwa mu rugo, ibyo umurwayi akorerwa akabikorerwa ari ahantu he wenyine.

    Dr. Menelas Nkeshimana
    Dr. Menelas Nkeshimana

    Dr Nkeshimana ati, “ Hari ingo zibona bikomeye kubahiriza amabwiriza mu gihe bafite umurwayi wa Covid-19, cyane cyane iyo ari abana bashaka kujya kureba umubyeyi wabo uri mu kato, bagombye kubicaza, bakabaganiriza, bakabereka uko ikibazo kimeze, bakababwira ko bisaba ko buri wese yubahiriza amabwiriza kugira ngo barinde ubuzima bwabo.”

    6. Gukomeza gucunga umurwayi wa Covid-19, ariko umucunga na we azirikana kurinda ubuzima bwe

    Kumucunga bisobanuye kujya kureba kenshi niba hari icyo yaba akeneye ko bamufata, kumuha indyo ikwiriye, no kumureba kenshi kugira ngo umunye niba ariho aremba kurushaho.

    Mu gihe hari igihindutse umurwayi arimo aremba, abari kumwe na we mu rugo, bagomba guhita bamenyesha abajyanama b’ubuzima mu Mudugudu, bakamuha ubutabazi bw’ibanze no kureba ko afata imiti neza uko bikwiye.

    Dr Nkeshimana ati “nasaba buri muntu kugira nomero za telefoni z’umujyanama w’ubuzima, kuko byaragaragaye ko hari abantu benshi bataba bafite nomero zabo kandi bari ku ruhembe rw’imbere mu kurwanya Covid-19, bafasha abarwayi barwariye mu rugo, ariko n’igihe bakeneye ubufasha bitabaza abayobozi babishinzwe bakabafasha .”