Tag: featured

  • Perezida Kagame asanga urubyiruko rwa Afurika rukwiye kubyaza ibisubizo aho abandi babona ibibazo – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Nyakanga 2021, mu Nama y’Ubucuruzi ihuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika [The Corporate Council on Africa].

    Inama iheruka yabaye muri Kamena 2020, yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga. Iri huriro rikomeje kugira uruhare rukomeye mu gukorera ubuvugizi urwego rw’abikorera hagati ya Amerika na Afurika.

    Perezida Kagame yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye inama y’umwaka ushize iterana hifashishijwe ikoranabuhanga none bikaba ari ko bigenze muri uyu mwaka, ari icyerekana ko imikorere yahindutse.

    Ati “Ntabwo tuzi igihe kizamarana [icyorezo cya COVID-19] natwe. Ni yo mpamvu, dukeneye ubufatanye bukomeye hagati ya Afurika na Amerika.”

    Amerika yemeye ko izatanga miliyoni y’inkingo za Covid-19, binyuze muri gahunda ya Covax ndetse iza mbere zamaze kugezwa ku Mugabane wa Afurika.

    Perezida Kagame yavuze ko izo nkunga atari igisubizo kirambye ku buremere bw’iki kibazo gikomereye urwego rw’ubuzima ku Isi ndetse ko zitanakemuye ikibazo cy’ubusumbane mu kugezwaho izo nkingo.

    Ati “Rero ni ikimenyetso cyiza cy’uko Amerika yiteguye kwihuza n’abafatanyabikorwa ba Afurika, binyuze mu Ishami ryayo rishinzwe imari n’iterambere n’ibindi bigo, gufasha inganda z’imbere gutunganya inkingo n’indi miti.”

    Perezida Kagame yavuze kandi ko Afurika ikomeje gukora uruhare rwayo mu gushyira imbaraga mu ishyirwaho ry’Ikigo Nyafurika Gishinzwe Imiti [African Medicines Agency, AMA].

    Ati “Ibi biratanga amahirwe menshi ku masosiyete ku mpande zombi za Atlantic. Hari ingero twamaze kubona z’uko ubufatanye nk’ubu bwafashije mu guhanga ibishya byagiriye akamaro Isi yose.”

    Yakomeje agira ati “Mu myaka mike ishize, ikigo gito cyatangiraga ibikorwa muri California cyitwa Zipline cyegereye u Rwanda ku kugerageza umushinga w’ahazaza mu ikoranabuhanga ryo kugeza amaraso mu bitaro biri kure hakoreshejwe drones.”

    Zipline yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2016, ifite ibyicaro bibiri i Kayonza n’i Muhanga. Itanga serivisi zayo mu bigo nderabuzima 260.

    Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu Zipline imaze kwaguka atari muri Amerika cyangwa Afurika gusa ahubwo yageze mu Buyapani aho abakozi bayo baturuka mu Rwanda bakajya gukorera ku Isi hose.

    Ati “Ikigo ubu kibarirwa agaciro ka za miliyari z’amadorali.”

    Yakomeje agira ati “Reka dukoreshe iki gihe byihutirwa, kugira ngo tumenye ahari andi mahirwe, tugamije gufatanya, twibanda cyane cyane ku basore n’inkumi bo ku migabane yacu yombi, babona ibisubizo aho abandi babona ibibazo gusa.”

    Iyi nama ya #AfricaBizSummit, ibaye ku nshuro ya 13, yitabiriwe n’abarenga 1000 barimo abacuruzi n’abayobozi b’ibigo bikomeye muri Amerika na Afurika, Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma za Afurika n’abandi bayobozi mu nzego za leta.

    Abayitabiriye bari gusuzumira hamwe uburyo bushya bwo kwagura umubano n’ubufatanye mu rwego rw’ubuzima, ubukungu n’ubucuruzi hagati ya Amerika na Afurika.

    Mu bayobora ibigo bikomeye bitabiriye iyi nama harimo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Red Rivers Foods, Dan Philpps, Umuyobozi w’Ikigo Kazana Group, Addis Alemayehou n’abandi.

    Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubucuruzi hagati ya Afurika na Amerika

  • Mudugudu w’i Nyagatare ukurikiranyweho gukubita umunyamakuru agiye kugezwa mu rukiko – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 18 ni bwo Kalisa n’abandi basore babiri bakubise umunyamakuru wa Flash witwa Ntirenganya Charles wari uri mu kazi ko gutara amakuru. Byabereye mu Mudugudu wa Rubona mu Kagari ka Rwisirabo mu Murenge wa Karangazi.

    Ntirenganya akimara gukubitwa ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwabanje guhakana bwivuye inyuma ayo makuru buvuga ko atari yo, uwo munyamakuru nta wamukozeho.

    Nyuma y’umunsi umwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza rirangira bufunze, Umuyobozi w’Umudugudu wa Rubona n’undi musore umwe bakekwagaho gukubita uyu munyamakuru, undi musore umwe na we wari kumwe na bo yahise atoroka.

    Kalisa na bagenzi be bafashwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake.

    Kuri ubu uyu muyobozi w’Umudugudu agiye kuburana bwa mbere nyuma yaho dosiye ye ishyikirijwe Ubushinjacyaha, na bwo bukayiregera urukiko.

    Ku wa 29 Nyakanga 2021 ni bwo Kalisa azatangira kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare.

    Mu gihe yahamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake akurikiranyweho, Kalisa yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko ataregeje miliyoni 1 Frw.

    Babiri barimo Umuyobozi w’Umudugudu wa Rubona mu Karere ka Nyagatare, Kalisa Sam, bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umunyamakuru bagiye kugezwa mu rukiko

  • Ruhango: Abakerensa amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bamaze gucibwa miliyoni 120 Frw – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko muri rusange ku munsi umwe hafatwa abantu bari hagati ya 30 na 80 barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo gikomeje gutigisa Isi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko abafashwe barenze ku mabwiriza bigishwa bagacibwa n’amande nk’uko Inama Njyanama yabiteganyije.

    Ati “Ubu tumaze kugeza muri miliyoni 120 kuva Covid-19 yagera mu Rwanda. Mu Ntara y’Amajyepfo iyo urebye ubona turi mu turere tumaze guca amafaranga menshi ariko ntabwo ari cyo twifuzaga. Twifuza ko abaturage ubundi bakagombye kuba bumva noneho ntibageze igihe cyo gucibwa amafaranga.”

    Abafatwa barimo abafungura utubari kandi tutemewe, abajya gusengera ahatemewe, abanywera inzoga mu tubari, abakoresha ibirori, abatinda gutaha ku masaha yateganyijwe n’abandi.

    Kugeza ubu imirenge itandatu muri icyenda igize Akarere ka Ruhango iri muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera ubwinshi bw’abanduye Covid-19 bayibonekamo.

    Habarurema yasabye abatuye mu mirenge iri muri Guma mu Rugo kubyakira neza, bakumva ko ikigamijwe ari ukurengera ubuzima bwabo.

    Yakomeje ati “Twirinde cyane ni umwanya tuba duhawe wo kugira ngo twirinde Guma mu Rugo yaziyongera kuri iyi. Iminsi 14 dufite irahagije kugira ngo uwari urwaye akire ndetse n’uwakwandura uyu munsi mu minsi 14 yaba yakize ku buryo nyuma yayo twaba tudafite umurwayi n’umwe, noneho ikiruta ibindi tukabona ko nta muntu ucyandura, abaturage bagasubira mu mirimo yabo nk’uko isanzwe.”

    Mu minsi ishize abantu 239 bafatiwe ku musozi wa Kanyarira mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango bari gusenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Abafashwe bagaragaje ko bari bafite ibyifuzo baje gusengera birimo gusaba Imana ngo ibakize Covid-19, gusaba amafarannga y’ishuri n’ibindi. Bemeye ko bakoze amakosa bavuga ko batazabisubira.

    Kuri ubu imirenge itandatu yo mu Karere ka Ruhango iri muri Guma mu Rugo

    Ibiribwa biri mu byakomeje gucuruzwa muri ibi bihe bya Guma mu Rugo

    Ukeneye kugira aho ajya ari kubanza gutanga ibisobanuro

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko muri rusange ku munsi umwe hafatwa abantu bari hagati ya 30 na 80 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Abatanga serivisi z’ubucuruzi bw’ibiribwa n’ibindi by’ibanze bakomeje gucuruza

    [email protected]


  • IGP Munyuza yasuye Ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi – #rwanda #RwOT

    Urugendo IGP Munyuza yagiriye muri iri shuri kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 28 Nyakanga 2021, ni rumwe mu bikorwa azakorera mu ruzinduko rw’icyumweru ari kugirira muri iki gihugu, rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Malawi.

    Muri Werurwe 2019 ni bwo inzego zombi zasinyanye amasezerano y’ubufatanye, yashyiriweho umukono mu Murwa Mukuru wa Malawi, Lilongwe.

    Aya masezerano akubiyemo ubufatanye mu bintu bitandukanye birimo guhanahana amahugurwa, ibikorwa, gushaka no guhererekanya abanyabyaha, kurwanya iterabwoba, kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, guhanahana amakuru ajyanye n’abanyabyaha bahungira mu bihugu byombi no guhanahana amakuru ajyanye n’umutekano muri rusange.

    Mu biganiro Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yagiranye na mugenzi we wa Malawi, Dr George Kainja, yavuze ko Polisi z’ibihugu byombi hari intambwe zimaze gutera kuva zinjiye mu mikoranire.

    Polisi z’ibihugu byombi zishimira ko abazigize bahura bakaganira, guhanahana amakuru, kugira ibyo urwego rumwe rwigira ku rundi no gusangira ubunararibonye kugira ngo bahurize hamwe mu kureba ibibazo by’umutekano bishobora kubangamira imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi n’akarere muri rusange.

    IGP Munyuza yagize ati “Urebeye hamwe ibibazo by’umutekano byugarije Isi n’Akarere duherereyemo, duha agaciro ingufu Malawi ishyira mu gukorana n’ibindi bihugu mu gushaka umuti urambye w’imbogagamizi ku mutekano mu Karere n’ahandi.”

    “U Rwanda rwifatanyije na Malawi n’ibindi bihugu bya Afurika mu gukemura ibibazo by’umutekano muke uturuka ku mitwe itemewe iri ku Mugabane wa Afurika by’umwihariko imitwe y’intagondwa.”

    Mugenzi we wa Malawi, Dr George Kainja yavuze ko ubufatanye ari ingenzi by’umwihariko mu bijyanye no kurwanya imitwe ya Kiyisilamu irimo guhungabanya Mozambique.

    Yagize ati “Leta ya Malawi muri rusange by’umwihariko Polisi ya Malawi tuzakora ibishoboka byose n’imbaraga zose kugira ngo dushyigikire itsindwa ry’iriya mitwe. Byongeye kandi inzego z’umutekano za hano zirakorana bya hafi kugira ngo igihugu cyacu kitazakoreshwa mu buryo ubwo aribwo bwose mu guhungabanya umutekano wo mu Karere.”

    Tariki ya 27 Nyakanga 2021, IGP Dan Munyuza yari yasuye igice cy’Amajyepfo ashyira Iburengerazuba bwa Malawi ahari Icyicaro cya Polisi mu Ntara ya Blantyre.

    Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasuye Ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi rya Zomba

    Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yashimye umubano uri hagati y’ibihugu byombi mu mikoranire y’igipolisi

    Abayobozi bahanye impano zitandukanye bijyanye n’umuco n’imiterere y’igipolisi cya buri gihugu

  • Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi b’u Bufaransa, u Bwongereza na Nigeria (Amafoto na Video) – #rwanda #RwOT

    Ba Ambasaderi batatu bakiriwe n’Umukuru w’Igihugu ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Nyakanga 2021, muri Village Urugwiro; bose bazaba bafite icyicaro i Kigali.

    Muri bo harimo Antoine Anfré uje guhagararira u Bufaransa mu Rwanda nyuma y’imyaka itandatu, iki gihugu nta ambasaderi gifite mu Rwagasabo. Ni intambwe ifatwa nk’iy’ingenzi mu cyerekezo gishya cyo kuvugurura umubano w’ibihugu byombi.

    Antoine Anfré ni umudipolomate umenyereye cyane ibibera muri Afurika, yahagarariye igihugu cye muri Niger, aba Umunyamabanga wa mbere muri Ambasade y’u Bufaransa muri Uganda mu myaka ya 1990 ndetse yanayoboye Ishami rishinzwe Imibanire na Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

    Kuba u Bufaransa bwongeye kugira ubuhagarariye mu Rwanda bije ari ikimenyetso cy’ubushake bwa Politiki mu gushimangira icyerekezo gishya cy’imibanire n’ubuhahirane ibihugu byombi byahisemo.

    Ibi byanashimangiwe na Perezida Emmanuel Macron ubwo yari mu ruzinduko rw’amateka yagiriye mu Rwanda ku wa 27 Gicurasi 2021.

    Michel Flesch ni we ambasaderi w’u Bufaransa waherukaga mu Rwanda aho yavuye muri Nzeri 2015.

    Kuva mu 2019 inyungu z’u Bufaransa mu Rwanda zakurikiranwaga na Chargé d’affaires Jérémie Blin wahawe inshingano zo kugira uruhare mu kwihutisha urugendo rwo kuzahura imibanire hagati y’ibihugu byombi.

    Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Ambasaderi Antoine Anfré yavuze ko n’ubwo umubano w’ibihugu byombi utabaye mwiza mu myaka yashize ariko nyuma ya Raporo Duclert n’uruzinduko rwa Perezida Macron i Kigali ibintu biri kugana heza.

    Ati “Turi hano kugira ngo dukorane n’u Rwanda mu rwego rw’umuco, ubucuruzi n’ubukungu. Ibiganiro byarabaye, imyanzuro yarafashwe igisigaye ni ugukorana mu kubishyira mu bikorwa.’’

    Yavuze ko muri rusange umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda ukomeje gutezwa imbere ndetse azakomereza aho ugeze mu kuwushimangira no kuwagura hashingiye ku bwubahane.

    Yakomeje agira ati “U Rwanda rukeneye abafatanyabikorwa mu iterambere ariko n’u Bufaransa bukeneye umufatanyabikorwa nka Afurika.”

    U Rwanda n’u Bufaransa byatangiye paji nshya y’umubano ku butegetsi bwa Perezida Macron haba mu bijyanye na dipolomasi, politiki, ubutabera, ubuhahirane n’ishoramari muri rusange.

    Uruzinduko rwa Emmanuel Macron mu Rwanda rwafunguye amarembo y’imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’imyaka 27 yo kurebana ay’ingwe kuko icyo gihugu kitemeraga uruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ubutwererane bushingiye ku cyerekezo gishya bwatumye hari imishinga y’iterambere itangira hagati y’ u Rwanda n’u Bufaransa harimo nk’amasezerano y’inkunga ya miliyari hafi 46 Frw yasinywe ku wa 30 Kamena 2020 mu rwego rwo gufasha u Rwanda guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    U Rwanda n’u Bufaransa binyuze mu Kigo cy’Iterambere cy’Abafaransa (AFD) byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 60 z’amayero, akabakaba miliyari 71,8 Frw, azafasha mu guteza imbere ibikorwa byo mu nzego z’ubuzima no gufasha abatishoboye.

    Kugeza ubu AFD imaze gutanga inkunga ya miliyoni 40 z’amayero kandi ibihugu byombi biri gushaka uko bifatanya mu nzego zitandukanye zirimo ingufu, uburezi, ubuzima, urwego rw’abikorera n’izindi.

    Mu yindi mishinga u Bufaransa bwateye inkunga harimo iyo gukwirakwiza amashanyarazi yashyizwemo miliyoni 80 z’amayero na miliyoni 5.8 yo guteza imbere uburezi mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.

    Kuri ubu kandi Ikigo Ndangamuco cya Centre Culturel Francophone cyamaze gufungurwa i Kigali ndetse hakaba n’indi mishinga itandukanye y’Abafaransa bashoye imari mu Rwanda.

    Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, yavuze ko umubano w’ibihugu byombi ugana mu cyerekezo kizima

    -  Aishatu Aliyu Musa wa Nigera yijeje imikoranire myiza n’u Rwanda

    Ambasaderi Aishatu Aliyu Musa yahawe guhagararira Nigeria mu Rwanda mu gihe ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano watangiye mu myaka ya 1962.

    Ibihugu byombi bifatanya mu bya dipolomasi, politiki n’ibindi. Kugeza uyu munsi bifitanye amasezerano mu ngeri eshatu z’ingenzi zirimo imikoranire mu by’umutekano na gisirikare, ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu mu ndege n’ay’ubufatanye mu bya tekinike aho abaganga baho baza gufasha aba hano mu Rwanda.

    Ambasaderi Aishatu yagize ati “Turi ibihugu bibiri byo muri Afurika, twiteguye gukorana neza, umubano wacu wari usanzwe uhagaze neza kandi nizeye ko hariho inyungu ku mpande zombi.”

    Ambasaderi Aishatu yavuze ko ibyo agiye gushyiramo imbaraga muri manda ye ari ukwagura ishoramari rihuriweho.

    Ati “Abacuruzi bo mu Rwanda bakajya muri Nigeria ndetse n’abo muri Nigeria bakaza mu Rwanda, ni byo ngiye kwibandaho, ubukungu, niyo mpamvu ndi hano.”

    Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Aishatu Aliyu Musa, yijeje kunoza umubano w’ibihugu byombi

    -  U Bwongereza nabwo bwagennye ambasaderi mushya

    Ambasaderi Omar Daair yavuze ko yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame ku ngingo zitandukanye zirimo ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu bijyanye no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, uburezi n’ibindi.

    Ati “Dufitanye amasezerano ku bintu byinshi, hari Inama yiga ku burezi iteganyijwe kuba muri iki cyumweru, izakirwa n’u Bwongereza, kandi turi gukorana bya hafi na Guverinoma y’u Rwanda by’umwihariko ku burezi bw’abakobwa.”

    Yakomeje agira ati “Ariko tunahuriye ku myumvire imwe ku bijyanye n’umutekano wo mu Karere, imihindagurikire y’ikirere n’ibindi.”

    Ambasaderi Omar Daair avuga ko ibihugu byombi bizakomeza ibiganiro no kureba izindi nzego n’uburyo byakoranamo mu bindi bikorwa birimo gutegura inama ya CHOGM iteganyijwe mu mwaka utaha.

    Ati “Ndatekereza ko inama ya CHOGM ari igikorwa cy’ingirakamaro twitegura umwaka utaha. Turi gukorana na guverinoma kandi ni n’umwanya mwiza wo kugira ngo abakuru b’ibihugu byacu na za guverinoma ngo bongere bahurire hamwe baganire ku ngingo zirimo imihindagurikire y’ikirere, uburezi n’ibindi.”

    “Ndatekereza ko ari inama y’ingirakamaro kandi tuzakomeza gukorana na Guverinoma y’u Rwanda kugira ngo imyiteguro izagende neza.”’

    U Bwongereza ni umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda mu iterambere, aho nko mu 2011 bwaruhaye inkunga ya miliyoni 330£ mu myaka ine. Ni amafaranga yari agenewe gufasha gahunda zirimo uburezi, ubuvuzi, guteza imbere imibereho y’abaturage n’ubuhinzi.

    Mu 2014 nabwo u Bwongereza bwemeje indi nkunga ya miliyoni 330£ mu myaka ine. Amasezerano aheruka ni ayo muri Nyakanga 2017, ubwo u Rwanda n’u Bwongereza byasinyanaga amasezerano y’inkunga y’imyaka ibiri, afite agaciro ka miliyoni 64£ mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/18 na miliyoni £62 mu wa 2018/19.

    Kugeza ubu hari ibigo bikomeye byo mu Bwongereza byashoye imari mu Rwanda, birimo Unilever yinjiye mu Rwanda mu 2016; icyo gihe impande zombi zasinyanye amasezerano y’imyaka ine yo gushora miliyoni 30$ mu gutunganya imirima y’icyayi n’inganda zacyo mu Mirenge ya Kibeho na Munini mu Karere ka Nyaruguru.

    Hari Piran Resources Ltd mu 2015 yashoye miliyoni 22$ mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, BBOX yashoye imari mu kugeza ku baturage ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba n’ikigo Metalysis UK giheruka gutangaza ishoramari rya miliyoni 16$ (asaga miliyari 14.7 Frw) mu kubaka uruganda rutunganya gasegereti mu Bugesera.

    Uretse iyi mishinga, kugeza ubu impande zombi zirimo kuganira ku nkunga yo mu gihe kiri mbere, harebwa ibyo buri gihugu gishyize imbere n’inkunga ishoboka. Nibura kuva mu 1998 kugeza ubu, u Bwongereza bumaze gushora mu Rwanda asaga miliyari 1.2£.

    Ambasaderi Omar Daair ni we uhagarariye u Bwongereza na Ireland y’Amajyaruguru mu Rwanda

    Uhereye ibumoso: Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré; Aishatu Aliyu Musa wa Repubulika ya Nigeria na Omar Daair w’u Bwongereza na Ireland y’Amajyaruguru bafata ifoto y’urwibutso

    Ambasaderi w’u Bwongereza na Ireland y’Amajyaruguru, Omar Daair, yakiriwe muri Village Urugwiro ku Kacyiru

    Perezida Kagame na Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré

    Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Aishatu Aliyu Musa, ubwo yageraga muri Village Urugwiro

    Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera Aishatu Aliyu Musa guhagararira Nigeria mu Rwanda

    Omar Daair yakiriwe mu cyubahiro gikwiye Ambasaderi ​uhagarariye u Bwongereza na Ireland y’Amajyaruguru mu Rwanda

    Perezida Kagame yafashe ifoto y’urwibutso ari kumwe na Ambasaderi Omar Daair uhagarariye u Bwongereza na Ireland y’Amajyaruguru

    Amafoto: Niyonzima Moïse na Village Urugwiro

    Video: Hakizimana Alain


  • IGP Munyuza yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki ya 27 Nyakanga 2021, yari yasuye igice cy’Amajyepfo ashyira Iburengerazuba bw’Igihugu ahari icyicaro cya Polisi mu Ntara ya Blantyre.

    Uru ruzinduko IGP Munyuza yakoze uyu munsi rukubiye muri bimwe mu byo azakorera mu ruzinduko arimo rw’icyumweru muri icyo gihugu, ni uruzinduko rugamije gushimangira ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Malawi. Muri Werurwe 2019, izo nzego zombi zasinyanye amasezerano y’ubufatanye, amasezerano yasinyiwe mu murwa mukuru w’iki gihugu, Lilongwe.

    Ayo masezerano akubiyemo ubufatanye mu bintu bitandukanye, twavuga nko guhanahana amahugurwa, ibikorwa, gushaka no guhererekanya abanyabyaha, kurwanya iterabwoba, kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, guhanahana amakuru ajyanye n’abanyabyaha bahungira mu bihugu byombi ndetse no guhanahana amakuru ajyanye n’umutekano muri rusange.

    Mu biganiro Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yagiranye na mugenzi we wa Malawi, Dr George Kainja, yavuze ko Polisi z’ibihugu byombi hari intambwe zimaze gutera harimo kuba bahura bakagirana ibiganiro, guhanahana amakuru, kugira ibyo urwego rumwe rwigira ku rundi no gusangira ubunararibonye kugira ngo bahurize hamwe mu kurebera hamwe ibibazo by’umutekano bishobora kubangamira imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi n’akarere muri rusange.

    IGP Munyuza yagize ati “Urebeye hamwe ibibazo by’umutekano byugarije isi n’akarere duherereyemo, duha agaciro ingufu igihugu cya Malawi gishyira mu gukorana n’ibindi bihugu mu gushaka umuti urambye w’imbogagamizi ku mutekano mu karere n’ahandi. U Rwanda rwifatanyije na Malawi ndetse n’ibindi bihugu bya Africa mu gukemura ibibazo by’umutekano muke uturuka ku mitwe itemewe iri ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko imitwe y’intagondwa”.

    Mugenzi we wa Malawi, Dr George Kainja yavuze ko ari ingenzi cyane by’umwihariko mu bijyanye no kurwanya imitwe ya kiyisilamu irimo guhungabanya igihugu cya Mozambique.

    Yagize ati “Leta ya Malawi muri rusange, by’umwihariko Polisi ya Malawi tuzakora ibishoboka byose n’imbaraga zose kugira ngo dushyigikire itsindwa ry’iriya mitwe. Byongeye kandi inzego z’umutekano za hano zirakorana bya hafi kugira ngo igihugu cyacu kitazakoreshwa mu buryo ubwo ari bwo bwose mu guhungabanya umutekano wo mu Karere”.

  • Bakurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano mu kugura ibicuruzwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RIB iravuga ko aba bantu bumvikanaga n’umucuruzi kumurangurira ibintu, ariko bakishyura amafaranga make kuri konti yabahaye kugira ngo babone inyemezabwishyu ya banki, nyuma bakayihindura bakoresheje ikoranabuhanga bakiyandikiraho umubare w’amafaranga ujyanye n’ibicuruzwa bumvikanye kwishyura.

    Ubundi buryo bakoresha ngo ni igihe nyiri ibicuruzwa yifuje kwishyurwa hakoreshejwe uburyo bwo kohereza amafaranga kuri telefone buzwi nka Mobile Money. Icyo gihe ngo
    bamwoherereza ubutumwa bwa Mobile Money bw’ubuhimbano. Iyo nyiri ibicuruzwa adashishoje cyangwa ngo agire amakenga, ategeka uri ku iduka agaha ibicuruzwa abo bantu. Ibi byose ngo babikora vuba cyane kugira ngo badafatirwa mu cyuho.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurakangurira abacuruzi kugira amakenga mbere yo gutanga ibicuruzwa, bakajya babanza kureba niba koko amafaranga y’ubwishyu yageze kuri konti zabo.

  • Kigali: Abana 240 bakuwe mu muhanda bamwe basubira mu ishuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uretse aba basubiye mu ishuri bakabaka barimo kwiga neza nk’uko abandi bana baba mu miryango babigenza, ngo hari abandi bakirimo kuganirizwa umwe ku giti cye aho bari mu miryango kugira ngo na bo bashobore gusubira mu ishuri.

    Iyo bagejejwe mu miryango, bashyirirwaho itsinda ry’abo umuntu yakwita ko ari nk’abafashamyumvire cyangwa abajyanama rigizwe n’abantu babiri baturuka mu nzego zatowe zitandukanye ziri mu midugudu cyangwa mu tugari nk’inama y’Igihugu y’abagore, urubyiruko, abajyanama b’ubuzima, komite nyobozi hamwe n’inama njyanama y’akagari babakurikirana umunsi ku wundi.

    Umukozi w’Akarere ka Nyarugenge ushinzwe imiyoborere myiza, Jean Sauveur Kalisa, avuga ko ahantu aba bana bakundaga guhurira bahashyize abaharinda.

    Ati “Ikibazo cy’abana bo ku mihanda ni ikibazo dukurikirana umunsi ku wundi. Kimwe cyo ni uko byibuze ku maseta bakundaga guhuriraho, twashoboye gushyiraho abantu bayarinda, cyane cyane Nyabugogo ahantu mu migano. Hari ahantu rwose bari baragize indiri ugasanga ni ho batekera, ni ho barara, ugasanga mbese bahagize aho gutura, ariko uyu munsi ni amateka uhageze si ko bimeze”.

    Kalisa avuga ko n’ubwo nta byera ngo de ariko hari gahunda y’uko abana bose bagomba kurererwa mu miryango ku buryo n’abandi basanze mu muhanda bihutira kuhabakura bakajyanwa mu muryango.

    Abo Kigali Today yasanze mu muhanda bavuga ko bahangayikishijwe n’imibereho yabo muri iyi minsi ya Guma mu Rugo.

    Umwe mu baganiriye na Kigali Today, avuga ko amaze hafi umwaka mu muhanda kubera ko yaje ahunga mukase wamufataga nabi, ariko ngo akomerewe n’ubuzima kuko akenshi ibimutunga yabihabwaga n’abacuruza muri resitora.

    Ati “Nirirwa hano mu muhanda nahura n’umuntu mwiza nkamusaba akampa nk’akajana ngahita ngenda muri resitora zo hirya iriya nkayaha abakozi baho bakampa ibyo basigaje ariko ntibakora ntaho mfite mbikura”.

    Mugenzi we Ati “Kera se ko hano hose habaga hari abantu benshi ukabona uwo utwaza akaguhemba cyangwa akaguha utwaka (ibiryo) mugeze iwabo, ubu se wamukura hehe?”

    N’ubwo bavuga ko bahangayikishijwe n’imibereho, ntibakozwa kwegera inzego z’ubuyobozi ngo zibafashe kuko batinya kujyanwa mu bigo ngororamuco kuko bavuga ko ari ho hari ubuzima bubi kurusha ubwo babayemo mu muhanda.

    Zimwe mu mpamvu iyo uganiriye n’aba bana bakubwira ko zibatera kuza mu muhanda inyinshi ziganjemo amakimbirane abera mu miryango yabo hagati y’ababyeyi bombi ariko hakaba n’abandi bananirana bakaza mu muhanda, bamwe ndetse bakazanwa mu muhanda no gushaka amafaranga yo kujyana mu biyobyabwenge.

  • Musanze: Ibikorwa remezo bishya byitezweho kugabanya ubukana bw’ikibazo cy’ibura ry’amazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibigega bishya bine byubatswe muri Musanze bya Metero kibe 5000 bizagabanya ingaruka zituruka ku ibura ry
    Ibigega bishya bine byubatswe muri Musanze bya Metero kibe 5000 bizagabanya ingaruka zituruka ku ibura ry’amazi

    Binyuze mu mushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa na WASAC ku bufatanye na Banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB), kuva muri Gicurasi 2019, mu Karere ka Musanze hibanzwe ku kubaka ibigega by’amazi mu Mirenge ya Cyuve, Gacaca, Muhoza na Kinigi bifite ubushobozi bwo kubika metero kibe zisaga ibihumbi bitanu.

    Murigo Jean Claude, Umuyobozi wa WASAC ishami rya Musanze, aganira na Kigali today ku wa kabiri tariki 27 Nyakanga 2021, yayibwiye ko ibyo bigega bishya uko ari bine, bimaze igihe gito byubatswe, kuri ubu byatangiye gukoreshwa.

    Agira ati “Ibyo bigega byubatswe hagamijwe koroshya ikwirakwizwa ry’amazi mu bice byajyaga bigaragaramo ibibazo byo kutagira amazi, bitewe n’imiterere yaho yari yarakunze kugorana kuyagezamo, ndetse n’ibice byabonaga amazi bisabye ko habaho isaranganya. Ni gahunda tuzakomeza gushyira mu bikorwa no mu tundi duce dutandukanye, uko ubushobozi buzagenda buboneka, kandi twitezeho ko izagira uruhare rufatika mu kugabanya ikibazo cy’ibura ry’amazi”.

    Muri uyu mushinga kandi haribandwa no ku kubaka imiyoboro mishya y’amazi no kuvugurura iyo bigaragara ko itakijyanye n’igihe.

    Murigo yakomeje agira ati “Imyinshi mu miyoboro yari imaze igihe kinini yarubatswe, bigaragara ko ishaje kandi itagihaza abaturage, bishingiye ku bwiyongere bwagiye bubaho uko imyaka yagiye ihita. Hari nk’ahari imiyoboro mito byagiye biba ngombwa ko tuyisimbuza iminini, ahandi hatari iyo miyoboro, tugenda tuhahanga imishyashya, tugamije kongera umubare w’abagezwaho amazi meza”.

    Muri rusange umushinga wo kwagura no kuvugurura imiyoboro y’amazi mu Karere ka Musanze, kuri ubu ugikomeje gushyirwa mu bikorwa, biteganyijwe ko uzarangira mu mwaka wa 2021, ushowemo miliyari 5.6 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Ukubiyemo ibikorwa byo kubaka ibigega binini n’ibito, imiyoboro y’amazi ireshya ka Km zisaga 100, za Kiosque zigenewe kugurishirizwamo amazi ku batayafite mu ngo zabo n’ibindi.

    Bamwe mu batuye mu mujyi wa Musanze, cyane cyane mu bice byakunze kujya bibura amazi, ngo uyu mushinga w’ikwirakwizwa ry’amazi meza, bawitezeho impinduka zikomeye.

    Mukandayisenga Sandrine wo mu Mudugudu wa Giramahoro mu Murenge wa Muhoza, avuga ko bagiraga robine zitajya zizamo amazi.

    Ati “Wasangaga benshi dutunze robine mu ngo, ariko ntaho dutaniye n’abatazigira, kubera kubura amazi, akaba yamara igihe kiri hagati y’icyumweru n’ibyumweru bibiri twarayabuze. Ariko muri iyi minsi noneho, ntabwo tukibura amazi kenshi nk’uko byahoze, ku buryo rwose bikomeje gutya, yaba ari intambwe nziza irimo guterwa mu kuturinda kongera gukora ingendo ndende tujya gushaka amazi kandi ku kiguzi kiri hejuru, bitewe n’uko yabaga yabuze”.

    Iki kigega cyubatswe ahitwa i Nyamagumbagifite metero kibe 2000, kije kunganira ibindi byari bisanzweho
    Iki kigega cyubatswe ahitwa i Nyamagumbagifite metero kibe 2000, kije kunganira ibindi byari bisanzweho

    Ubuyobozi bw’Ikigo WASAC, buhamya ko hagikomeje gukorwa n’izindi nyigo, zizashingirwaho hashyirwa mu bikorwa indi mishinga mishya, yo gukwirakwiza amazi meza hirya no hino, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego Leta yihaye, yo kugeza amazi meza kuri benshi.

    Muri gahunda y’Iterambere (NST1), u Rwanda rwiyemeje ko mu mwaka wa 2024, abaturarwanda bose bazaba bagerwaho n’amazi meza, aho nko mu bice by’icyaro nta muntu uzaba agikora urugendo rurenze metero 500 ajya kuvoma, mu gihe abatuye mu mijyi bo, abazaba badafite amazi mu ngo zabo, nta muntu uzaba agikora urugendo rurenga metero 200 ajya kuvoma.

  • Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abanyatanzania bose kwikingiza Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kumva ko iki gihugu cyayobotse gahund yo gukingira abagituye bifatwa nk’ibidasanzwe, dore ko cyakunze kudaha agaciro iby’iki cyorezo, ku isonga mu babirwanyaga hakaba hari hari Perezida Magufuli uherutse kwitaba Imana.

    Uwamusimbuye ari we Samia Suluhu, we yagaragaje itandukaniro, yemera kugendera kuri gahunda y’ibindi bihugu yo gukingira abaturage icyorezo cya Covid-19.

    Perezida Suluhu yabishimangiye mu ijambo rye aho yavuze ko Tanania atari ikirwa, ahubwo ko na yo ari igihugu kandi ituranye n’ibindi bihugu, ikaba rero yemeye kwakira inkingo no gukingira abaturage.

    Igihugu cya Tanzania giherutse kwakira doze miliyoni imwe y’inkingo za Johnson & Johnson zatanzwe muri gahunda ya Covax yo kugeza izi nkingo ku bihugu bikennye.

    Abatewe urukingo rwa Johnson & Johnson bahabwa doze imwe.

    Ubwo igikorwa cyo gukingira cyatangiraga, Perezida Samia Suluhu w;imyaka 61 yasabye Abanyatanzania bose kwikingiza, abizeza kandi ko hazaboneka izindi nkingo nyinshi.