Tag: featured

  • Betty Sayinzoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Sanlam – #rwanda #RwOT

    Sayinzoga wahawe izi nshingano mu kwezi gushize afite uburambe muri izi serivisi z’imari kuko amaze imyaka irenga 20 akora mu bigo by’imari by’umwihariko ibyo mu Rwanda.

    Mbere yo gukorera mu Rwanda yakoze mu Kigo cy’Ubwishingizi cya Partena cyo mu Bubiligi aho yakuye inararibonye nk’ushinzwe abakozi.

    Yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2009, aho yari Umuyobozi ushinzwe abakozi mu yahoze ari Banki y’Abaturage [Banque Populaire du Rwanda], areberera abakozi barenga 1600, bakoreraga hirya no hino mu gihugu.

    Nyuma yaho yaje kugirwa umukozi w’ikigo PriceWaterhouseCoopers (PwC). Mu 2015 aza kugirwa Umuyobozi Mukuru wa Prime Life Insurance.

    Betty Sayinzoga amenyerewe mu bijyanye n’ubwishingizi kuko mu 2017 yari Umuyobozi Mukuru wa Saham Life Insurance yaje kwihuza na SORAS bigakora ikigo kimwe cya Sanlam Rwanda.

    Mu kwezi gushize ni bwo abagize Inama y’Ubutegetsi ya Sanlam bamugize Umuyobozi Mukuru wayo.

    Avuga ko “Urwego rw’ubwishingizi rushobora gukora byinshi byiza mu kongera umubare w’abagana serivizi z’ubwishingizi mu Rwanda.”

    Ati “Dukeneye kongera isura nziza ku baturage dutanga ibisubizo byoroheye benshi, binyuze mu mucyo kandi ku gihe.”

    Mu myaka itatu iri imbere, Sanlam nk’ikigo kiri mu bikomeye bitanga serivisi z’ubwishingizi muri Afurika, gifite intego yo kwibanda ku kwagura ibikorwa na serivisi gitanga, kwimakaza ikoranabuhanga, guhanga udushya n’ubufatanye n’ibindi bigo.

    Betty Sayinzoga yinjiye mu bigo bikomeye mu Rwanda biyoborwa n’abagore nyuma ya Banki ya Kigali, Ecobank, UAP, BRD Plc, Radiant Yacu n’ibindi.

    Betty Sayinzoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Sanlam

  • Ubushinjacyaha, RIB n’Umuvunyi bambariye guhashya abanyereza ibya rubanda – #rwanda #RwOT

    Izo nzego eshatu zose kuri ubu zifite abakozi b’abanyamwuga kandi batojwe kwihanangiriza, gutahura, kugenza no gushyikiriza ubutabera abakoresha nabi umutungo wa leta cyangwa abakora ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu muri rusange.

    Ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu birimo ruswa, kunyereza umutungo wa leta, gukoresha umutungo wa leta icyo utagenewe cyangwa mu buryo budakurikije amategeko no gutanga amasoko mu buryo budakoresheje amategeko.

    Hari ibyo gusonera bitemewe n’amategeko, konona umutungo wa leta cyangwa ugirira rubanda akamaro, konona umutungo w’amabanki cyangwa amakoperative n’ibindi.

    Imibare y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, igaragaza ko ibi byaha byose hamwe mu 2018, ibyagenjejwe [ibyakozweho iperereza] byari 1874, mu mwaka wakurikiyeho wa 2019, hagenzwa 2091, mu 2020 biba 2311.

    Mu kiganiro na RBA, Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Ruhunga Kibezi Jeannot, yavuze ko kuva muri Mutarama kugeza muri uku kwezi kwa Nyakanga 2021, hamaze kugenzwa ibyaha bya ruswa 1129.

    Ati “Bivuze ko bishobora kuzarenga n’iby’umwaka ushize. Ibi rero birava ku ngamba zagiye zifatwa, birava ku gukangurira abantu gutanga amakuru ariko n’icyizere abantu bagenda bagirira inzego ku buryo aba azi ko natanga amakuru icyaha kirakurikiranwa kandi uwagikoze akakiryozwa. Ibyaha birahari birakorwa ariko n’ingamba zo kubiryoza abagikoze zirahari.”

    Kugaruza umutungo wa leta uba waranyerejwe bikorwa mu buryo bubiri, hari abakora amakosa mu rwego rw’akazi bitageza igihombo, icyo gihe ntabwo ajyanwa mu nkiko ariko yishyura ayo mafaranga.

    Mu myaka itanu ishize, leta yagaruje arenga miliyari 5Frw, mu gihe ayagarujwe bitegetswe n’Inkiko arenga miliyari 6Frw muri iyo myaka itanu.

    Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda, Havugiyaremye Aimable, avuga ko ibi byaha bimunga ubukungu bw’igihugu, bigenda bigabanyuka biturutse ku kuba amategeko yaragiye avugururwa agashyiraho ibihano bikakaye binateganya kunyaga umutungo.

    Ati “Abantu basigaye batinya gukora ibyaha kubera amategeko yagiye avugururwa agateganya ingamba amategeko ya mbere atateganyaga, ariko n’umusaruro ugenda uturuka mu ikurikiranacyaha.”

    “Nk’urugero, mbere nko kuri ibi byaha bijyanye na ruswa n’ibisa na byo, hari umuntu yiyemezaga akavuga ati aya mafaranga ngiye kuyarya cyangwa ndanyereza umutungo wa miliyoni 500Frw, akavuga ati ni hahandi bazankatire nzafungwe imyaka itanu, nimvamo ayo mafaranga nyacuruze cyangwa se nyakoreshe n’ibindi.”

    Yakomeje agira ati “Ariko ubu kubera ivugururwa ry’amategeko, ubu amategeko ateganya inyagwa ry’umutungo uturuka ku cyaha, iyo hari umutungo wakomotse ku cyaha, uwo mutungo uranyagwa, babandi bavugaga ko bazawukoresha bafunguwe, uwo mutungo uba waranyazwe.”

    Havugiyaremye avuga kandi ko kuri ubu binyuze mu mategeko yavuguruwe ku byaha bijyanye n’ubukungu bw’igihugu, igihombo leta yagize mu ikurikiranacyaha, iyo umuntu ahamijwe icyaha ategekwa ko asubiza umutungo wanyerejwe cyangwa igihombo byateje leta.

    Ku rundi ruhande ariko Havugiyaremye avuga ko abantu bakora ibi byaha akenshi bagira amayeri menshi cyane ku buryo hari n’igihe habura ibimenyetso byo kubashinja kandi mu by’ukuri ibyaha biba byakozwe.

    Yakomeje agira ati “Indi mbogamizi ni uko ari utanga ruswa n’uyakira, bose baba babifitemo inyungu, icyo gihe rero bakora ibishoboka byose kugira ngo bahishiranire. Ikindi ni ikoranabuhanga, icyo bivuze natwe haba abagenzacyaha n’abashinjacyaha tugomba kuzamura ubumenyi dufite kugira ngo tubashe kugenza no gukurikirana ibyo byaha.”

    Ibifi binini birarye biri menge

    Mbere y’uko RIB, ijyaho ni gake mu bitangazamakuru hasohokaga inkuru zivuga ko Minisitiri runaka cyangwa umuyobozi ku rwego rwo hejuru ari gukorwaho iperereza ku byaha bifitanye isano na ruswa cyangwa gukoresha nabi umutungo wa leta.

    Ibi ariko siko bikimeze kuko nko mu myaka itatu ishize, amazina akomeye arimo uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, abahoze ari aba Minisitiri, abayobozi b’ibigo bya leta ndetse n’abandi bashoramari bikorera bagiye bashyikirizwa ubutabera ndetse bamwe uyu munsi bari i Mageragere.

    Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine avuga ko ubusanzwe abayobozi bose mu nzego za leta by’umwihariko basabwa n’itegeko kumenyekanisha imitungo yabo ari na ho akenshi hajya hatahurwa abadashobora gusobanura inkomoko y’ibyo batunze ahanini bitewe n’uko baba bayabonye mu nzira zirimo na ruswa.

    Aha ni ho havuye ya mvugo y’ibifi binini, aho usanga nka Minisitiri yakira ruswa ya za miliyoni ariko ugasanga nka mbere byarabaga ari ingorabahizi kugira ngo akurikiranwe.

    Nirere ati “Iyo urebye uyu munsi ibyaha bikurikiranwa n’amafaranga arimo, usanga mu by’ukuri ntabwo ari bya bindi uvuga ngo ni ibihumbi bibiri cyangwa igihugu ariko niba ujya ukurikira imanza kuri ubu ni iz’abanyereje miliyoni nyinshi cyangwa za miliyari.”

    Yakomeje agira ati “Abantu bamenye ko nta gifi kinini cyangwa intoya, ahubwo ni ukuvuga ngo abantu [….] buriya bashobora gutekereza ngo umuntu ukomeye ntakurikiranwa, oya arakurikiranwa icya ngombwa ni uko haba hari ibimenyetso bimushinja icyaha, ahubwo abantu bajye batanga amakuru.”

    Ku ruhande rwa RIB, Umunyamabanga Mukuru wayo, Col Ruhunga, avuga ko mu Rwanda hari amahirwe y’uko hari politiki yo kutihanganira ruswa.

    Ati “Hano mu Rwanda nta muntu n’umwe ushobora kumva ko aremereye bihagije ku buryo ashobora kurya ruswa cyangwa agakora ibi byaha byose tuvuga, baba bafite n’ubwoba kurusha na bantu baciriritse bo hasi kubera iyo politiki ya ‘Zero Tolerance kuri ruswa’.”

    Yakomeje agira ati “Ibyo rero biranadufasha nkatwe tugenza ibyaha, kuko mu bihugu aho haba ibyo bifi binini no kugenza ibyaha biragorana kuko ujya gukora kuri uyu ugashya, wajya gukora kuri uyu ugashya […] muri iki gihugu ntabwo ariko bimeze, hano tugenza ibyaha hatitawe ku izina umuntu afite.”

    Col Ruhunga avuga ko iyo politiki y’igihugu ishyigikiye kurwanya ruswa, ibindi biba byoroshye ari na yo mpamvu nta rundi rwitwazo RIB ikwiye kugira rwatuma itagenza ibyaha by’umwihariko ibi bya ruswa.

    Ati “Leta iduha ubufasha bwose bwo kurwanya ruswa, ku buryo iyo urebye nk’abagenzacyaha hano mu Mujyi [..] hari ibihugu umugenzacyaha adashobora kugenda adafite imbunda, atagiye mu modoka yihishahisha kubera ko aba aziko iyo urwanya ruswa uba ushakishwa na we. Hano ntabwo ariko bimeze, umugenzacyaha agenda yemye, kubera ko aba azi ko ari mu kuri, hano turi mu gihugu kitihanganira na gato ruswa.”

    ‘Abashumba’; ibyabo byasubiwemo

    Amayeri asigaye akoreshwa n’aba ba bihemu banyereza ibya rubanda, arimo gufata ya mitungo cyangwa amafaranga yavuye mu ndonke, ruswa cyangwa ayanyerejwe bakayaguramo imitungo bakayandika ku bandi bantu by’umwihariko abo bafitanye isano.

    Ni ibintu bitungurana kuba umuntu uhembwa ibihumbi 500Frw ushobora gusanga atunze imitungo irimo amazu cyangwa ibibanza bifite agaciro ka milyari 1Frw.

    Aha ni cya gihe usanga n’umuntu ku myaka 40 nta n’ibikorwa bihambaye afite ariko ugasanga arubaka inzu zigeretse.

    Havugiyaremye avuga ko uwo ‘mushumba’ iyo afashwe na we ashobora gukurikiranwaho icyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo ndetse akaba yanakurikiranwaho kuba icyitso cya wa muntu wanyereje umutungo.

    Ati “Abantu birinde kuba abashumba, kuko umunsi tuzaza ntubashe gusobanura inkomoko y’uwo mutungo, ibyo ni icyaha. Abantu bajye babyitondera kubera ko amategeko arahari yo kubakurikirana kandi ateganya n’ibihano bikakaye”.

    Izi nzego zose zivuga ko amategeko ahari kandi n’ubushobozi bwo gukurikirana umuntu wese ukoresha nabi ibya rubanda, ari na yo mpamvu abaturage basabwa gutanga amakuru kugira ngo igihugu cyimakaze gukorera mu mucyo.

    Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine yasabye abaturage kujya batanga amakuru kuko amafaranga anyerezwa aba yagakwiye kubakorera ibikorwa bibateza imbere

    Umushinjacyaha Mukuru, Havugiyaremye Aimable, yavuze ko urugamba rwo guhangana n’abakoresha nabi ibya rubanda rukomeje gushyirwamo imbaraga

    Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Rtd Col Jeannot Ruhunga avuga ko ibifi binini na byo bikomeje gukurikiranwa

  • Peter Vrooman wari Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yimuriwe muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo wari umaze kuba inshuti ikomeye y’u Rwanda agaragara ku rutonde rw’abantu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden yahinduriye inshingano nk’uko bigaragara mu itangazo ryo ku wa 27 Nyakanga riri ku rubuga rwa White House.

    Iri tangazo rivuga ko Peter Hendrick Vrooman yagizwe Ambasderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Repubulika ya Mozambique.

    Ku wa 6 Mata 2018 ni bwo Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera Peter H. Vrooman, guhagararira Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, yari asimbuye Erica Barks-Ruggles wari kuri uyu mwanya kuva mu 2014.

    Ibi byabaye nyuma y’uko Vrooman yarahijwe nka ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ku itariki 26 Werurwe 2018. Yari yashyizwe kuri uyu mwanya tariki 26 Ukwakira 2017 yemezwa na sena muri Gashyantare 2018.

    Mu gihe yari amaze mu Rwanda, Peter Hendrick Vrooman yari amaze gukundwa n’umubare munini w’Abanyarwanda bitewe n’uburyo yabisanishagaho cyane.

    Abenshi bamukundiraga umuhate yashyize mu kwiga Ikinyarwanda kuva yagera mu Gihugu kandi akabigeraho mu gihe gito. Yari asigaye avuga imbwirwaruhame ze nyinshi mu Kinyarwanda.

    Muri manda ye, Vrooman ntiyahwemye kugaragara ko Amerika ari inshuti y’akadasohoka y’u Rwanda. By’umwihariko muri ibi bihe bya COVID-19 yakunze kumvikana mu mvugo igira iti “Ubuzima bwanyu ni ubuzima bwacu; kandi ubuzima bwacu ni ubuzima bwanyu, mube Amahoro”.

    Nta wuzibagirwa kandi uburyo ahenshi mu bikorwa byo kurwanya COVID-19, uyu mugabo yakunze kugaragara yambaye agapfukamunwa gafite amabara y’ibendera ry’u Rwanda, ibintu bigaragaza uburyo yari amaze kwiyumvamo u Rwanda.

    Peter Vrooman yabaye imyaka myinshi muri Afurika, aho yakoze muri Ambasade ya Amerika muri Ethiopia ndetse akorera no mu bindi bihugu birimo Somalia, Djibouti na Algeria.

    Yakoze nk’ushinzwe gutegura ingendo n’imbwirwaruhame z’Umunyabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga mu bigo bya Amerika kuva mu 1991 kugeza mu 1992, muri Djibouti n’ahandi.

    Yanabaye Umuvugizi wa Ambasade ya Amerika i New Delhi mu Buhinde kuva muri Kanama 2011 – Gicurasi 2014, aho yavuye atangira akazi muri Ethiopia.

    Peter Hendrick Vrooman wavukiye i Canton muri New York mu 1966 yashakanye na Johnette Iris Stubbs, bakaba bafitanye abana babiri.

    Peter Vrooman ubwo yashyikirizaga Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye mu Rwanda

  • Abanyarwanda batangiye kwitabira ku bwinshi amasomo y’ururimi rw’Igiturikiya – #rwanda #RwOT

    Aya masomo yatangiye gutangwa tariki 5 Nyakanga 2021 yitabiriwe n’abanyeshuri bo muri iyi Kaminuza harimo n’abaturuka mu bindi bihugu birimo u Burundi, Mozambique, Djibouti na Afurika y’Epfo.

    Ambasaderi wa Turikiya mu Rwanda, Burcu Çevik, yabwiye Daily Sabah ko amasomo yo kwigisha Igiturikiya ari kuba hifashishijwe ikoranabuhanga kubera amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, nubwo mbere bateganyaga kuzigishiriza mu mashuri asanzwe.

    Enes Karaçoban wigisha Igiturikiya muri Kaminuza y’u Rwanda yavuze ko yishimiye cyane ubwitabire bw’abanyeshuri baje kwiga ururimi ndetse avuga ko umubare wabo ukiyongera, cyane ko harimo n’abandi batari Abanyarwanda.

    Yakomeje avuga ko abanyeshuri bazanza kwiga icyiciro cya mbere cy’amasomo abanza kwigishwa y’uru rurimi kigizwe n’amasaha 36, bakazakirangiza muri Kanama 2021. Ati “Amabwiriza ya Covid-19 aramutse yorohejwe, nasezeranyije abanyeshuri banjye ko nzabigishiriza mu ishuri.”

    Karaçoban avuga ko benshi mu bitabira aya masomo bavuga ko biga uru rurimi ku mpamvu z’amasomo, aho bateganya ko bazajya kwiga muri iki gihugu bakoroherwa no gutumanaho, mu gihe abandi bavuga ko bizabafasha gukora ubucuruzi. Yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyiza gifite umutekano ku buryo ari ahantu heza ho gukorera ubucuruzi no kwagura iterambere rishingiye ku muco.

    Yagize ati “Maze amezi abiri ndi mu Rwanda, nahabonye ibyiza byinshi. Nahuye n’abantu batandukanye mu Rwanda ndetse baramfasha cyane. Nanagize amahirwe yo guhura n’abanyeshuri barangije kaminuza muri gahunda ya leta [Turikiya] yo guha amahirwe abanyeshuri yo kwiga muri kaminuza zo muri Turikiya. Baramfashije cyane kuva nahagera.”

    Mu ntangiriro za 2021, leta ya Turikiya yahaye amahirwe abanyeshuri bo mu Rwanda 200 amahirwe yo kwiga muri kaminuza zaho zikomeye, mu byiciro bitatu birimo icya Mbere cya Kaminuza (Bachelor Degree), icya Kabiri (Masters) ndetse n’icya Gatatu (PhD).

    Cevik yavuze ko mu myaka itandatu Turikiya imaze ifunguye ambasade yayo mu Rwanda, umubano w’ibihugu byombi ugeze ku rwego rushimishije ndetse ko ibihugu byombi bimaze gusinyana amasezerano 20, mu bijyanye n’uburezi, ubucuruzi, ishoramari n’ibindi.

    Abanyarwanda bakomeje kwitabira ku bwinshi kwiga ururimi rw’Igiturikiya

  • Abasoreje ibizamini mu bice biri muri Guma mu Rugo bishimiye uburyo boroherejwe – #rwanda #RwOT

    Ibi aba banyeshuri babibwiye IGIHE kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Nyakanga 2021, ubwo bamwe basozaga ibizamini bya Leta bari bamaze icyumweru bakora.

    Ishimwe Dorine wigaga muri GS APACOPE usoje icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye yagize ati “ Ibizami twabisoje. Byari bikomeye ariko si cyane twagiye tubisubiza neza tugendeye kubyo twigishijwe ku buryo nkeka ko nzatsinda.”

    Ishimwe yashimiye uburyo Leta yitaye ku banyeshuri bakoraga ibizamini mu mujyi wa Kigali, bagashyirirwaho imodoka zihariye zibatwara mu gihe umujyi wari muri Guma mu Rugo.

    Ati “Byadufashije kugera ku ishuri ku gihe no kugera mu rugo hatabaye akavuyo kenshi. Byanadufashije gusubiramo neza amasomo y’ibizamini twakoraga.”

    Isimbi Shalom usoje ibizamini by’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye yasabye bagenzi be kuzakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo umubare w’abandura ugabanuke, bazasubukure amasomo mu minsi iri imbere nta nkomyi.

    Na we yashimiye Leta yabitayeho muri iki gihe, ikaborohereza kugira ngo ibizamini bigende neza.

    Ati “Ibizamini ntabwo byari bikomeye kuko twabonye umwanya wo kwiga neza pe, ahubwo ndashimira Leta yadufashije mu buryo bushoboka bwose kuko yaduhaga imodoka zidutwara n’imiti yica udukoko kugira ngo tutandura Covid-19.”

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr Bahati Bernard yavuze ko imodoka zashyizweho ngo zitware abanyeshuri bakora ibizamini, zabafashije cyane.

    Ati “Imodoka zarabafashje cyane kuko zatumye nta munyeshuri ugira ikibazo cyatuma abura uko akora ibizamini cyangwa ngo bitume asaba ababyeyi be amafaranga y’ishuri. Mu mujyi wa Kigali hari harimo nk’imodoka 20 zabatwaraga.”

    Yaboneyeho kubasaba gukomeza kwirinda Covid-19 bafatanyije n’ababyeyi babo.

    Ku wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021, ni bwo abanyeshuri basaga ibihumbi 195 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange, amashuri yisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro.

    Abanyeshuri bagiye bandika ku myenda yabo bishimira ko barangije ibizamini

    Mu gihe cyo gutaha no kujya ku mashuri, abanyeshuri bashyiriweho imodoka zibatwara

    Umujyi wa Kigali washyizeho imodoka zisaga 20 zitwara abanyeshuri zibageza cyangwa zibavana ku mashuri aho bakorera ibizamini

    Ishimwe Dorine wigaga muri GS APACOPE yavuze ko ubufasha Leta yabahaye bwatumye bakora ibizamini batuje

    Isimbi Shalom yavuze ko bagiye gukomeza gufatanya n’abandi kwirinda Covid-19 kugira ngo ubutaha bazasubire ku ishuri nta kibazo

    Nubwo bame mu banyeshuri basoje ibizamini bari bamaze icyumweru bakora, hari ibyiciro bigikomeje gukora ibizamini

    Aba banyeshuri bari bategereje imodoka muri gare ya Downtown ubwo bari basoje ibizamini

    Abanyeshuri bamwe bavuga ko ibizamini basoje byari bikomeye ariko bizeye ko bazabitsinda

    Buri munyeshuri cyangwe abakurikiranaga ikorwa ry’ibizamini, mbere yo kwinjira mu modoka yahabwaga umuti wica udukoko

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Nyamasheke: Ushinzwe umutekano ku kiyaga cya Kivu yafatanywe imyenda ya magendu – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo usanzwe ashinzwe gucunga umutekano ku kiyaga cya Kivu mu gice cy’Umurenge wa Kagano, yafashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki ya 27 Nyaganga 2021, afatirwa mu Murenge wa Bushekeri.

    Bamwe mu baturage babonye ibi biba, yavuze ko uyu mugabo yari afite ibizingo bine by’ibitenge ari kumwe n’abandi bamutwaje.

    Ubwo babonaga abasirikare bashinzwe gucunga umutekano, abo bandi birutse we arafatwa, ashaka kubatema akoresheje umupanga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri, Yvan Munezero yabwiye IGIHE ko bibabaje kuba ushinzwe kurinda umutekano ari we wafatiwe muri iki cyaha.

    Ati “Natwe byadutunguye kubona abakaduhaye amakuru aribo babikor, bbivuze ngo dukwiye gushakira amakuru kuri bose.”

    Uyu mugabo wafashwe yajyanwe ku kigo cy’Akarere ka Nyamasheke cyakira inzerezi (Transit center) giherereye mu Murenge wa Kagano mu gihe hagikomeje iperereza.

    Akagari ka Ngoma ni kamwe mugacishwamo magendu y’imyenda n’ibiyobyabwenge bivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iciye mu kiyaga cya Kivu.

    Muri Gashyantare uyu mwaka Polisi ikorera muri aka Karere yatwitse ibiyobyabwenge birimo urumogi ibiro 200 n’ibiro 180 by’amavuta ahindura uruhu azwi ku izina rya Mukorogo, byose byafashwe mu gihe cy’umwaka umwe wa 2020 bivuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Magendu zafatiwe mu kiyaga cya Kivu kuri uyu wa Kabiri

  • Rubavu: Abarwariye Covid-19 mu ngo bahawe amata n’imbuto byo kubondora – #rwanda #RwOT

    Minisitiri y’Ubuzima itanga inama z’uko abarwariye Covid-19 mu rugo bakwiye kurya indyo yuzuye kugira ngo bibafashe gukira vuba, gusa bamwe muri abo barwayi bakunze kugaragaza ko kuyibona bitaborohera kuko baba bari mu rugo ntibabone uko bashobora guhaha ibirimo imbuto n’amata na cyane ko abenshi baba badasanzwe babirya mu buryo buhoraho.

    Ni muri urwo rwego abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Rubavu bagize igitekerezo cyo gukusanya inkunga yaguzwemo ibirimo amata n’imbuto, bishyikirizwa abarwayi ba Covid-19 kugira ngo bibafashe gutora mitende vuba.

    Sheikh Kibata Djuma, Umuyobozi w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Gisenyi, yavuze ko batekereje kuri iki gikorwa mu rwego rwo gufasha abarwayi ba Covid-19 koroherwa vuba, ibihe bya Guma mu Rugo byarangira bakazasubira mu mirimo yabo nta nkomyi.

    Ati “Aba barwayi barababaye kandi nta buryo bwo gusohoka ngo bajye guhaha bafite. Mu muco wo gushyira hamwe usanzwe uturanga muri FPR, twumvise ko hari icyo twakora mu bushobozi bwacu mu rwego rwo gufasha abarwayi bose bo muri uyu Murenge koroherwa bagakira vuba.”

    Bankundiye Yvonne ni umwe mu bagejejweho iyi nkunga, aho amaze iminsi 10 arwariye Covid-19 mu rugo. Yavuze ko iyi nkunga batewe izabafasha gukira vuba, ati “Baratwunganiye baduhaye amata harimo n’imbuto kandi ni zo badutegetse kurya, biradushimishije kuko byari bihenze, aho buri minsi ibiri nakoreshaga ibihumbi 3 Frw, ubushobozi bukambana bucye. Ubu bufasha buzatuma dukira vuba.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco, yavuze ko iki gikorwa ari cyiza kuko cyeretse abarwayi ko batari bonyine kandi kikabafasha mu buryo bw’amikoro kuko imbuto n’amata basabwaga byabahendaga, dore ko bamwe badafite ubushobozi buhambaye.

    Ati “Abarwayi bishimye cyane kuko bizabafasha gukira vuba. Iki gikorwa cyaberetse ko atari bonyine mu burwayi bwabo kandi turasaba n’abandi baturage babishoboye gutera abaturanyi babo inkunga muri ibi bihe, bibanda ku barwayi ba Covid-19 bari hafi yabo, kugira ngo iki cyorezo tugitsindire hamwe.”

    Kibata yavuze ko bazakomeza gutera inkunga abaturage bafite ingorane muri ibi bihe bya Covid-19, ati “Tuzaharanira ko abaturage batazasonza duhari.”

    Mu Rwanda hari abarwayi ibihumbi 15 barwariye Covid-19 mu ngo zabo, Umurenge wa Gisenyi ukaba ufite abarwayi 69 bose bahawe imfashanyo.

    Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi batanze amata n’imbuto ku barwayi ba Covid-19 mu Murenge wa Gisenyi

  • Ibyihariye ku mategeko mashya y’ikoreshwa rya gari ya moshi mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Imyaka ibiri n’igice irihiritse u Rwanda na Tanzania bisinye amasezerano yo kubaka umuhanda wa Gari ya Moshi uhuza Umujyi wa Isaka muri Tanzania n’uwa Kigali mu Rwanda w’ibilometero 532.

    Umwotsi wera wacumbye! Ku wa Mbere tariki 26 Nyakanga 2021, Minisitiri w’Ibikorwaremezo Amb. Claver Gatete yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko asobanura umushiga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi.

    Muri uwo mushinga harimo igice kivuga ku mategeko azagenga gutwara abantu n’ibintu muri gari ya moshi, rikaba ari irya mbere ryo muri ubwo bwoko ribayeho kuva u Rwanda rwitwa rwo.

    Ni amategeko akakaye uhereye ku guhabwa icyangombwa cyo gutwara gari ya moshi aho uyitwara agomba kuzirana n’icyitwa igisindisha, kugeza ku bagenzi bayirimo bashobora kuyifungirwamo igihe bateje imvururu.

    Minisitiri Gatete yavuze ko batekereje kuri uyu mushinga w’itegeko nyuma yo kubona ibikorwa byo kubaka no gukoresha inzira za gari ya moshi bishyizwemo imbaraga na Guverinoma y’u Rwanda.

    Ingero z’umuhanda zirihariye, kuwusagarira ni ikizira!

    Mu gihe Abanyarwanda bari bamenyereye imihanda isanzwe ifite ubugari butarenga metero icumi, Gari ya moshi yo ni ibindi bindi. Umushinga w’Itegeko mushya uvuga ko ubugari bw’inzira za gari ya moshi n’imbibi zayo buzaba ari metero 60.

    Icyakora, ubugari bw’inzira za gari ya moshi n’imbibi zayo mu Mujyi wa Kigali no mu tundi duce dufatwa nk’imijyi buzajya bugenwa hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’aho hantu.

    Uwo mushinga w’itegeko uvuga ko nta muntu wemerewe gukoresha, kubangamira cyangwa gushyira inyubako mu mbibi z’inzira ya gariyamoshi keretse abiherewe uruhushya na Minisitiri.

    Polisi ni yo ishinzwe umutekano mu nzira za Gari ya moshi

    Nk’uko bisanzwe mu gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo imbere mu gihugu, Polisi ni yo yahawe inshingano zo gucunga umutekano wo mu nzira za gari ya moshi.

    Itegeko risaba ko mu nzira ya gari ya moshi zo munsi y’ubutaka, sitasiyo n’ahandi gari ya moshi zihagarara, hagomba kuba hari ibikoresho byo kurinda no kuzimya inkongi, uburyo bwo kwinjiza umwuka wo guhumeka,ibikoresho by’ubutabazi n’uburyo bw’ubutabazi.

    Inzoga k’utwara gari ya moshi ni ikizira

    Umushinga w’itegeko werekana ko Gari ya moshi ifite abakozi batandukanye ariko abagaragazwa nk’abafite inshingano zikomeye ni abakapiteni, abayobozi n’ abayobozi bungirije bayo.

    Hejuru y’ibyangombwa bibemerera gukora ako kazi, aba bayobozi ntibagomba gukora akazi bafite igipimo cya alcool kiri hejuru ya garama zero n’ibice zero (0.0 g) muri litiro imwe y’amaraso. Ni ukuvuga ko nta gisindisha n’igisa nka cyo bagomba kuba banyoye.

    Ni ibintu bizajya bigenzurwa cyane kugira ngo bemererwe gutangira urugendo.

    Ntawe uzemererwa gutwara gari ya moshi afite alcool mu mubiri

    Mu gihe hari ubirenzeho agasoma agacupa, itegeko rigaragaza ko azaba akoze icyaha. Uzabihamwa n’urukiko, azajya ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri na mirongo itanu ariko atarenze ibihumbi 500 Frw.

    Mu gihe kapiteni cyangwa uwo muyobozi ateje cyangwa akoze impanuka yo mu muhanda, azahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 250 ariko atarenze ibihumbi 500.

    Gari ya moshi izaba ifite kasho y’agateganyo

    Itegeko rishya riha ububasha kapiteni, ko mu rugendo rwa gari ya moshi, afite uburenganzira bwo gufunga by’agateganyo umuntu ukora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, uteza umutekano muke muri gari ya moshi no kumugeza ku biro bya polisi cyangwa ku nzego z’ibanze igihe gari ya moshi ihagaze kuri gare iri hafi.

    Kuba ashobora kumufunga by’agategenyo, byumvikana ko hazaba harimo ahantu hihariye hateganyirijwe gufungirwa by’agateganyo.

    Itegeko rivuga ko mu gihe ari ngombwa ku mpamvu zo kubungabunga umutekano wa gari ya moshi, kapiteni afite uburenganzira bwo gutanga amabwiriza ku bagenzi kandi agomba kumenyesha abandi bakozi cyangwa ubuyobozi bwa gare imwegereye ikintu gitunguranye kibangamiye umutekano.

    Kapiteni wa gari ya moshi ashobora kwanga kuyitwara mu gihe atizeye umutekano wayo.

    Uburambe burenze imyaka ibiri ku muyobozi wa gari ya moshi

    Kugira ngo umuntu yemererwe gutwara gari ya moshi, Itegeko rivuga ko agomba kuba afite imyaka itari munsi 18 y’amavuko ariko atarengeje imyaka 65 y’amavuko. Agomba kuba afite icyemezo cy’ubuzima bwiza n’icy’ubunyamwuga mu gutwara gari ya moshi gitangwa n’ibigo bibyigisha.

    Ushaka gutwara gari ya moshi kandi agomba kuba afite uburambe butari munsi y’amezi 24 nk’umuyobozi wungirije wa gari ya moshi. Agomba kandi kuba yaratsinze ikizamini cyo gutwara ubwoko bwa gari ya moshi nk’uko bigaragara ku ruhushya rwo gutwara gari ya moshi.

    Mu gihe umuntu afashwe atwaye gari ya moshi nta ruhushya, akabihamywa n’urukiko, azajya ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 250 ariko atarenze ibihumbi 500.

    Umuntu cyangwa ikigo gitwara abantu muri gari ya moshi bagomba kugira ubwishingizi ku buryozwe bw’abantu cyangwa ibintu byakwangizwa no gukoresha gari ya moshi.

    Mu gihe yateje cyangwa yakoze impanuka, azajya ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu, ariko kitarenze umwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 250 ariko atarenze ibihumbi 500.

    Ku ruhande rw’u Rwanda, inzira umuhanda wa gari ya moshi uzanyuramo yerekana ko uzanyura ku Rusumo ukagera mu Mujyi wa Kigali [ahari Dubai Ports muri Kicukiro] ariko hakiyongeraho agace k’ibilometero 18 kagera ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera.

    U Rwanda rukeneye miliyari 1.3$ azarufasha kubaka inzira ya gari ya moshi ireshya n’ibilometero 138 mu gihe Tanzania ari na yo ifite igice kinini [394 Km] izakoresha miliyari 2.3$.

    Minisitiri Gatete yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko ko ko inyigo y’uwo muhanda yarangiye hasigaye gutegura uburyo uzashyirwa mu bikorwa cyane mu bijyanye n’amafaranga azakoreshwa.

    Inkuru bijyanye: Imambo zatangiye gushingwa: Icyerekezo gishya ku mushinga wa gari ya moshi mu Rwanda (Video)

    Miinisitiri Gatete yavuze ko inyigo y’umuhanda wa Gari ya moshi Isaka -Kigali yarangiye

  • Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare bahawe inkunga y’ibiribwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko byasobanuwe na Ninsima Elia, Umuyobozi w’abanyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, inkunga y’ibiribwa abo banyeshuri bahawe igizwe n’umuceri, Kawunga ndetse n’ibishyimbo.

    Uwagaragaje icyo kibazo abinyujije kuri ‘Twitter’ ni uwitwa Pelly Prudence Iraguha, yandika agira ati “Ese nta kuntu, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yashyira muri gahunda n’abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda na bo bakagenerwa ibiribwa bakica isari? Bamwe muri bo barataka inzara. Murakoze”.

    Arangije kwandika icyo kibazo, akoresheje urwo rubuga rwa Twitter yamenyesheje Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney ndetse na bamwe mu banyamakuru bakoresha urwo rubuga rwa Twitter cyane, nka Niwemwiza Anne Marie wa KT Radio n’abandi, abasaba ko bakora ubuvugizi kuri icyo kibazo.

    Mu gusubiza icyo kibazo, Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko nk’abandi bantu bose bafite ibibazo, n’abanyeshuri bagizweho ingaruka n’icyorezo bakwiye gufashwa.

    Dr Uwamariya ati “Umunyarwanda wese uri mu turere turi muri Guma mu Rugo, afite uburenganzira bwo guhabwa ubufasha bw’ibiribwa. Abanyeshuri bafite ibibazo babinyuze ku buyobozi bwa za Kaminuza bigamo bafashwe”.

    Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yafataga umwanzuro wo gushyira Umujyi wa Kigali ndetse n’utundi turere umunani muri gahunda ya Guma mu Rugo, abanyeshuri biga muri za Kaminuza basabwe kuguma muri za Kaminuza bigaho, abari mu rugo bakiga bifashishije ikoranabuhanga.

    Umwe mu banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyarugenge, utifuje ko amazina ye atangazwa yavuze ko hari abafite ibibazo by’ imibereho.

    Yagize ati “Ntitwemerewe gusohoka kubera Guma mu Rugo, amafaranga makeya nari mfite yose narayakoresheje”.

    Gusa Ntwari Innocent, Umuyobozi w’abanyeshuri muri iyo ‘Campus’, avuga ko Kaminuza yiteguye gufasha abagaragaza ko bakeneye ubufasha.

    Kabagambe Ignatius, Umuyobozi ushinzwe itumunaho muri Kaminuza y’u Rwanda, yagize ati “Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda burakurikiranira hafi ubuzima mu macumbi y’abanyeshuri, kugira ngo abafite ibibazo bamenyekane, bafashwe”. Ibyo akaba yabitangarije ikinyamakuru The New Times.

  • Yanga yo muri Tanzania iratangira icakirana na Express yo muri Uganda muri CECAFA Kagame Cup #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri ni bwo haraye habaye tombola y’uko amakipe azahura muri CECAFA Kagame Cup, irushanwa riterwa inkunga na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, irushanwa rigomba gutangira kuri iki Cyumweru tariki 01/08/2021.

    Muri iyi tombola yabaye nta kipe yo mu Rwanda irimo, aho by’umwihariko ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona yatangaje ko itazitabira aya marushanwa kubera ibihe bidasanzwe bya Coronavirus igihugu kirimo.

    Uko tombola y’amatsinda yagenze

    Itsinda A: KCCA FC, Le Messager Ngozi, KMKM SC
    Itsinda B: Azam FC, Altabara FC, Tusker FC
    Itsinda C: Young Africans SC, Nyasa Big Bullets, Express FC

    U Burundi buzaba buhagarariwe na Le Messager
    U Burundi buzaba buhagarariwe na Le Messager
    Young Africans yo muri Tanzania izahura na Express yo muri Uganda
    Young Africans yo muri Tanzania izahura na Express yo muri Uganda

    Uko imikino y’amatsinda iteye

    Tariki 01/08/2021:

    KCCA FC v KMKM SC (Chamazi Stadium)

    Tariki 02/08/2021:

    Azam FC v Tusker FC (Chamazi Stadium)
    Young Africans v Express FC (Taifa Stadium)

    Tariki 03/08/2021:

    Le Messager Ngozi v KCCA FC (Chamazi Stadium)

    Tariki 04/08/2021:

    Altabara v Azam FC (Chamazi Stadium)
    Nyasa Big Bullets v Young Africans (Taifa Stadium)

    Tariki 05/08/2021:
    KMKM SC v Le Messager Ngozi (Chamazi Stadium)

    Tariki 06/08/2021:
    Tusker v Altabara (Chamazi Stadium)
    Express FC v Nyasa Big Bullets (Taifa Stadium)