Tag: featured

  • Ni ryari umwana yemerewe gukora akazi ko mu rugo n’indi mirimo muri rusange? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gukoresha abana byiganje mu mirimo y’ubuhinzi n’ubworozi nko kunoga icyayi, guhinga ibisheke, imirimo y’isarura no kuragira inka n’ingurube, ahandi abana bakoreshwa cyane ni nko mu nganda no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Dufatiye urugero ku bakozi bo mu rugo ni hamwe mu higanje abana benshi, bakora akazi batarageza ku myaka yagenwe ngo umuntu atangire gukora akazi.

    By’umwihariko abana b’abakobwa ni bo biganje muri ako kazi aho rimwe na rimwe banahuriramo n’ibibazo byo gucikiriza amashuri, kubasambanya n’ibindi bikorwa byinshi bibangamira uburenganzira bwabo.

    Impamvu abakoresha bahitamo abana ni uko usanga baba bahembwa amafaranga macye ugereranije n’abandi bakozi, kubagenzura biroroshye ndetse rimwe na rimwe usanga nta gihembo baba bagenerwa uretse utuntu tw’uduhendabana rimwe na rimwe basimbuza ikiguzi cy’umurimo.

    Mu bushakashatsi bwa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu, bwasohotse muri Gicurasi 2020, bwagaragaje ko impamvu za mbere abana bakoreshwa imirimo ivunanye ahanini biterwa n’ubukene butuma bajya gushaka aho bakora bikarangira bagiye mu mirimo itajyanye n’ikigero barimo.

    Ubwo bushakashatsi bwagaragaje ko mu bana bakoreshwa imirimo yo mu rugo batagejeje igihe, 98% ni abakobwa muri bo abahembwa bakaba 72%, abandi baba bakora mu miryango aho byitwa gufasha ababyeyi.

    Itegeko rivuga iki ku bakoresha akazi ko mu rugo n’indi mirimo abana batarageza igihe

    Ubundi mu itegeko ry’umurimo imyaka fatizo yo gutangira gukora ni 16. Itegeko ry’umurimo ryo mu 2018 mu ngingo ya 5 ivuga ko imyaka fatizo yo gutangira gukora akazi ari cumi n’itandatu (16).

    Rikomeza risobanura ko icyakora, umwana uri hagati y’imyaka cumi n’itatu (13) na cumi n’itanu (15) yemerewe gukora gusa imirimo yoroheje mu rwego rwo kwitoza umurimo (Stage).

    Ibi bisobanuye ko umuntu wese ukoresha umwana uri munsi y’imyaka 16 atari ku mpamvu zavuzwe haruguru aba akoze icyaha.

    Hari imirimo yemerewe abana bitewe n’ikigero barimo 5-12

    Umwana uri hagati imyaka 5-12 yemerewe gukora imirimo yo mu rugo idahemberwa nk’uko biteganwa n’ingingo ya 7 mu mabwiriza ya ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo yerekeye gukumira no kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana.

    Zimwe mu ngero z’iyi mirimo ni izizikurikira:

    Gutegura ifunguro ryo mu rugo, gufura imyenda, gutera ipasi, gukoresha umuvandimwe umukoro, gukora isuku mu rugo, gutuma umwana muri karitsiye, kwahira ubwatsi bw’amatungo, kuzana umusaruro mu murima, kuvoma amazi yo mu rugo, kudahira inka, gukama no gukamisha, koza ibikoresho byo mu rugo no gukuka.

    Icyitonderwa: N’ubwo iyi mirimo umwana yemerewe kuyikora nk’uko biteganwa mu mabwiriza ya Ministeri y’Umurimo yasohotse mu 2017 , umwana yemerewe gukora iyi mirimo yavuzwe hejuru mu gihe kitarenze amasaha 20 mu cyumweru.

    Ababyeyi cyangwa undi wese ufite inshingano zo kurera umwana afite inshingano zo kutamuvunisha mu kazi kavuzwe haruguru, umukoresha ukoresha iriya mirimo umwana ntibyemewe kuko itegeko rivuga ko bitemewe ko umwana akora iyi mirimo hanze y’umuryango.

    Hari imwe mu mirimo yo mu rugo ifitiye inyungu umuryango umwana uri hagati y’imyaka itanu na cumi n’ibiri (5 -12) atemerewe gukora nko kuroba; guhiga; kubaka aho imyaka ihunikwa; kudoda; gusuka no kogosha;kwenga urwagwa, kuboha ibiseke n’ubucuruzi bwo mu muryango.

    Umwana wo muri iki cyiciro cy’imyaka itanu na cumi n’ibiri (5 -12), ntiyemerewe gukora umurimo uwo ari wo wose wo hanze y’umuryango.

    Imirimo umwana uri hagati y’imyaka 13-15 yemerewe

    Nk’uko twabibonye hejuru umwana uri hagati y’imyaka 13 na 15, hari imirimo yemerewe gukora ariko ifitanye isano no kwimenyereza umurimo, iyo mirimo ni iyi ikurikira:

    Umwana uri hagati y’imyaka cumi n’itatu (13) na cumi n’itanu (15) ashobora gukora imirimo yoroheje n’imirimo yose yo mu rugo yavuzwe mu ngingo ya 7 y’aya mabwiriza usibye guhiga, kuroba no kwenga inzoga.

    Imwe mu mirimo yo hanze y’umuryango yoroheje umwana uri muri iki cyiciro yemerewe gukora ni nko kwimenyereza umwuga; gukoresha mudasobwa; gucuruza amakarita yo guhamagara cyangwa Mituyu, gukora Televiziyo, Radio n’ibindi bikoresho bitandukanye; gutanga ibinyamakuru; gufasha umubyeyi cyangwa undi muntu.

    Kwakira abakiliya mu iduka cyangwa ahandi hantu hakorerwa ubucuruzi cyangwa hatangirwa serivisi; gucuruza umuriro; amata; amakarita; Mobile Money (Mobayilomani); Interineti (lnternet) n’ibindi.

    Hari kandi Guhura cyangwa gusya imyaka n’imashini yo mu rugo; gusuka; kogosha; kuboha ibiseke no Gucuruza.

    Umwana uri muri iki cyiciro cy’imyaka n’ubwo yemerewe gukora iyi imirimo ariko ntiyemerewe kuyikora amasaha arenze mirongo ine (40) mu cyumweru.

    Ibibujijwe ku bana bafite imyaka 16 bari mu kazi iyo batarageza ku myaka 18

    Abana bafite imyaka 16 bari mu kazi bemerewe gukora imirimo yose nk’ikorwa n’abari hejuru y’imyaka 18, gusa ingingo ya 6 mu itegeko ry’umurimo rya 2018 iteganya ko imirimo ikurikira itemewe :

    Abana batarageza ku myaka 18 ntabwo bemerewe gukoreshwa mu kazi imirimo ifite ubukana bubi ku buzima bwabo ndetse n’imirimo ishobora kwanduza ubuzima bwabo, guhungabanya umutekano cyangwa imitekerereze yabo.

    Imwe muri iyo mirimo ibujijwe ni ikurikira:

    1º Imirimo ihungabanya imiterere y’umubiri w’umwana.

    2º Imirimo ikorerwa munsi y’ubutaka, munsi y’amazi kandi harehare cyangwa hafunganye, urugero nk’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    3º Imirimo ikoreshwa imashini n’ibikoresho bishobora kugira ingaruka mbi cyangwa isaba guterura no kwikorera umutwaro uremereye.

    4º Imirimo ikorerwa ahantu hari ubushyuhe, ubukonje, urusaku, ibitigita n’ibindi byangiza ubuzima bw’umwana.

    5º Imirimo ikorwa amasaha menshi, mu ijoro cyangwa ikorerwa ahantu hafunganye.

    Ikindi kintu cy’ingenzi abakoresha bamenya ni uko umwana ukora afite imyaka (16) ariko atarageza ku myaka cumi n’umunani (18), agomba guhabwa iminsi ibiri (2) y’akazi y’ikiruhuko buri kwezi kw’akazi.

    Ibihano ku bakoresha

    Itegeko rigenga umurimo mu Rwanda mu ngingo ya 117 riteganya ko umukoresha ku giti cye uhamijwe n’urukiko icyaha cyo gukoresha umwana imirimo ivunanye cyangwa ibujijwe umwana utarageza ku myaka 18 aba akoze icyaha, iyo mirimo iteganwa mu ngingo ya 6 mu itegeko ry’umurimo.

    Uwo icyaha gihamye ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu y’amafaranga kuva ku bihumbi 500 kugeza kuri miliyoni eshanu.

    Ni mu gihe sosiyete, ikigo cyangwa koperative bigaragayeho gukoresha umwana iyo mirimo ihazabu yikuba inshuro ebyiri, ni ukuvuga kuva kuri miliyoni imwe kugeza kuri miliyoni 10 z’Amafaranga y’uRwanda.

    Ibihano ku babyeyi n’abarera abana

    Umubyeyi wese uzakoresha umwana imirimo mibi cyangwa uzagaragaraho kutita ku nshingano ze bigatuma umwana we cyangwa uwo arera akoreshwa imirimo mibi azahanishwa kimwe mu bihano bikurikira:

    Kwihanangirizwa mu ruhame mu nama y’umudugudu cyangwa ku muganda;

    Gucibwa amande angana n’ibihumbi icumi (10,000 rwf) ku mubyeyi wese utita ku nshingano ze zo kwita ku burere bw’umwana we cyangwa uwo arera bikamuviramo kuba inzererezi no gukoreshwa imirimo mibi.

    Ayo mande acibwa n’Umugenzuzi w’Umurimo ku rwego rw’Akarere cyangwa n’undi wese uri mu Rwego rw’Akarere rushinzwe gukumira no kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana wabiherewe ububasha n’Ubuyobozi bw’Akarere; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Akagali.

  • Nyamasheke: Bane bafatanywe amabalo atanu (5) y’imyenda ya caguwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni Ntamakiriro Elisa w’imyaka 30, Ndayishimiye Samuel w’imyaka 48, Ndayizeye Felicien w’imyaka 34 na Aimée Nyirandorwa w’imyaka 28. Bari bafite imodoka, bafatirwa mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Mahembe, Akagari ka Kagarama, Umudugudu wa Gabiro, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko bariya bantu bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Abapolisi bamaze kubona amakuru ya bariya bantu ko barimo kwinjiza magendu y’imyenda ya Caguwa banyuze mu kiyaga cya Kivu bategura igikorwa cyo kubafata. Iriya myenda yari kujyanwa mu isoko rya Mugonero riri mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi. Abapolisi bashyize bariyeri mu muhanda Nyamasheke-Karongi bafata imodoka yo mu bwoko bwa minibisi yari itwawe na Ntamakiriro ari kumwe na kigingi we witwa Ndayishimiye, basanga harimo amabalo atanu y’imyenda ya caguwa”.

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko abo babiri bamaze gufatwa bavuze ko bari bahawe akazi n’uwitwa Nyirandorwa Aimée, umucuruzi w’imyenda mu isoko rya Mugonero. Nyirandorwa yahise ashakishwa arafatwa, afatwa ari kumwe na Ndayizeye bari biteguye gupakurura iyo myenda.

    CIP Karekezi yashimiye abaturage bafashije Polisi gufata abo bantu binyuze mu gutangira amakuru ku gihe. Yaburiye buri muntu wese ucyijandika mu byaha ariko cyane cyane mu bucuruzi butemewe n’amategeko bwambukiranya imipaka.

    Yavuze ko ababikora n’abatekereza kuzabikora nta mahirwe bazagira kandi nta mwanya bafite mu Rwanda kubera imikoranire myiza n’abaturage mu kwicungira umutekano.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Bwishyura kugira ngo hakorwe iperereza. Ni mu gihe imyenda yajyanywe mu biro by’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro ishami rya Karongi.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

  • Bishimiye ko Rutunga Venant ukekwaho ibyaha bya Jenoside yoherejwe mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abazi Rutunga muri icyo gihe cya Jenoside bavuga ko mu gihe yari mu bayobozi b’aho muri ISAR Rubona, yafatanyaga n’abandi mu gutegura inama, ibikorwa bitegura Jenoside ngo yabaga abikomeyemo ndetse ashinzwe gukurikirana ko ibyemezo byafatiwe mu nama zitandukanye babaga bakoze bishyirwa mu bikorwa.

    Koherezwa mu Rwanda k’uwo mugabo Rutunga ukekwaho ibyaha bya Jenoside yasize akoze mu Rwanda, ngo birashimangira uruhare Leta igirana n’amahanga mu gukurikirana abasize bakoze Jenoside cyane cyane ba ruharwa, kuko ngo nubwo abishwe batazagaruka ariko nibura iyo bahawe ubutabera binyuze mu kuburanisha no guhana abagize uruhare muri Jenoside nka ba Rutunga n’abandi bagiye bazanwa ndetse n’abandi bazazanwa mu gihe kizaza ngo biraruhura ku bacitse ku icumu rya Jenoside.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside ‘CNLG’ Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko kuba hari ibihugu byohereza abakekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi kuburanishwa n’inkiko z’u Rwanda bigaragaza ko ibyo bihugu byatangiye guha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bigaragaza icyizere ibyo bihugu biha ubutabera bw’u Rwanda.

    Yagize ati, “iyo igihugu cyohereje umuntu wakoze Jenoside mu Rwanda wari waragihungiyemo, akaza, biba bigaragaje icyizere icyo gihugu gifitiye ubutabera bw’u Rwanda mu bijyanye no guca imanza zo ku rwego mpuzamahanga zikurikirana icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ikindi rero, uko izo manza zigenda zibera mu Rwanda bigaragaza icyizere ubutabera bw’u Rwanda bufitiwe, bigaragaza imikorere myiza yabwo, bigaragaza ko n’abakurikiranywe nabo bagira uburenganzira bwo kwiregura kandi bagatanga ibimenyetso, urubanza rukaba rukurikiza ibisabwa byose n’amategeko mpuzamahanga”.

    Ibihugu byohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside babihungiyemo, baba bashyize mu bikorwa icyemezo cy’Umuryango w’Abibumbye cyo mu 2014 gifite nomero 2150 kibutsa ibihugu byose ko bifite inshingano zo gukurikirana cyangwa kohereza mu Rwanda abakekwaho kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

  • Mutsinzi Ange yagiye mu igeragezwa mu cyiciro cya mbere i Burayi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, ni bwo myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” Mutsinzi Ange yuriye rutemikirere yerekeza mu gihugu cy’u Bubiligi, aho agiye gukora igeragezwa.

    Mutsinzi Ange yari aherekejwe n
    Mutsinzi Ange yari aherekejwe n’abarimo na Nshuti Innocent bakinana muri APR FC ndetse na mushiki we

    Mutsinzi Ange yerekeje mu ikipe ya Oud – Heverlee Leuven iri mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, aho agomba kumara ibyumweru bibiri akora igeragezwa muri iyi kipe yashinzwe mu mwaka wa 2002, yaritsinda akazahita ayisinyira.

    Kugeza ubu Mutsinzi Ange warangije amasezerano y’imyaka ibiri yasinyiye APR FC yagiyemo avuye muri Rayon Sports, ntiyigeze agaragara mu bakinnyi baheruka kongerera amasezerano iyi kipe barimo abo bavanye muri Rayon Sports barimo Manishimwe Djabel na Niyonzima Olivier Sefu.

  • Ibibazo bya politiki n’ubushake buke mu byadindije iyubakwa ry’imihanda ya Gari ya Moshi mu Karere – #rwanda #RwOT

    Uwo mushinga mushya wa Gari ya Moshi u Rwanda ruhuriyeho na Tanzania na RDC wakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 ugiye kongera gusubukurwa kandi imirimo ikihutishwa.

    Umushinga wa Gari ya moshi u Rwanda rwari rufitanye n’ibihugu bya Kenya, Uganda na Sudani y’Epfo bihuriye mu Muhora wa Ruguru, watangijwe mu Ukwakira 2013, hagamijwe kwihutisha iterambere ry’imishinga ibi bihugu byiyemeje irimo kubaka umuhanda wa gari ya moshi, ibigega bitunganya peteroli n’impombo zayo zizayikwirakwiza, koroshya itumanaho n’ibindi.

    Minisitiri Gatete yabwiye Inteko rusange Umutwe w’Abadepite ko uyu mushinga utakomeje ngo ugere ku ntego yawo bitewe n’ibibazo birimo ibya politiki n’ubushake buke bw’ibihugu birimo na Uganda.

    Yagize ati “Mu Muhora wa Ruguru habaye ikibazo kijyanye na politiki aho bitashobotse kuko twari twakoze ibishoka byose kugira ngo dutangire akazi twese. Muri Kenya gari ya moshi yaratangiye iva Mombasa igera Nayivasha ariko ntiyakomeza ngo igere ku mupaka wa Uganda, na yo ntiyagira icyo ikora.”

    Nyuma yo kubona ko uyu mushinga wo mu Muhora wa Ruguru utari gushyirwamo imbaraga, u Rwanda rwahanze amaso uwo mu Muhora wo Hagati uhuza Dar Es Salam na Kigali ndetse ugakomeza muri Congo unyuze mu Karere ka Rubavu.

    Uyu mushinga na wo wari uri kwihutishwa waje gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 cyatumye muri Werurwe 2020, ibihugu by’u Rwanda, RDC, Tanzania na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere bidahura ngo bigirane ibiganiro bigamije kunoza ishyirwa mu bikorwa ryawo.

    Uretse ibi bibazo bya Covid-19 ariko uwari Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, na we yitabye Imana kandi yari umwe mu bashyize imbere iyihutishwa ry’umushinga gusa Samia Suluhu Hassan wamusimbuye yatanze icyizere ko imishinga Tanzania n’u Rwanda bihuriyeho izakomeza.

    Ku wa 26 Nyakanga 2021, Minisitiri Gatete Claver na we yabwiye Abadepite ko ibihugu byombi byasubukuye ibiganiro kugira ngo imirimo yihutishwe.

    Ati “Twatangiye kuganira na Tanzania kuko nyuma y’icyo gihe nabwo hajemo amatora muri Tanzania hazamo n’ibyago bagize byo gupfusha umukuru w’igihugu akazi kagenda buhoro. Ubu twongeye kubisubukura no mu byumweru bibiri bishize twaganiraga na Tanzania kuri iki kibazo noneho dutangire dukore kuko ibyangombwa bindi byose byararangiye.”

    Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Gatete Claver, yasobanuriye Inteko Rusange Umutwe w’Abadepite ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi

    -  Imiterere y’umushinga n’inyungu ku Rwanda

    Mu 2000 ni bwo umuhanda wa Gari ya Moshi uhuza Umujyi wa Isaka muri Tanzania n’uwa Kigali mu Rwanda unyuze ku Rusumo watangiye kuganirwaho ariko ishyirwa mu bikorwa ryawo ritangira gutekerezwaho byihuse mu Ukwakira 2015 ubwo Perezida John Pombe Magufuli yajyaga ku butegetsi.

    Gusa nubwo wakomeje gutekerezwaho amasezerano yo kubaka uyu muhanda w’ibilometero 532 yashyizweho umukono ku wa 9 Werurwe 2018, aho biteganyijwe ko uzatwara asaga miliyoni 3.6$.

    Kuri ubu ariko uyu muhanda uziyongera kuko biteganyijwe ko ugomba guhuza Tanzania, u Rwanda na RDC unyuze i Rubavu mu rwego rwo koroshya ubuhahirane hagati y’ibihugu biwuhuriyeho.

    Abacuruzi bavana ibicuruzwa hanze bagaragaza ko nibura u Rwanda birusaba 4.990$ kuri kontineri itwara imizigo y’ibilo 25.400 mu gihe impuzandengo mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara icyo giciro kiri kuri 2.504$.

    U Rwanda rugaragaza ko uwo muhanda wazagabanya byibuze 40% ku giciro cy’ubwikorezi rwatangaga, bikanoroshya urugendo rw’ibyo rwohereza mu mahanga n’ibyo ruvanayo.

    Ku bacuruzi b’Abanyarwanda uzabagirira akamaro kuko icyambu cya Dar es Salaam kinyuzwaho 70% by’imizigo iza cyangwa iva mu Rwanda.

    U Rwanda rukeneye miliyari 1.3$ azarufasha kubaka inzira ya gari ya moshi ireshya n’ibilometero 138 mu gihe Tanzania ari nayo ifite igice kinini [394 Km] izakoresha miliyari 2.3$

    -  Hakenewe kunozwa amategeko y’ubwikorezi

    Minisitiri Gatete ageza ku Nteko Rusange Umutwe w’Abadepite ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi yasobanuye ko mu Rwanda nta tegeko rigenga inzira ya gari ya moshi ririho kandi ibikorwa byo kuyubaka bishyizwemo imbaraga na guverinoma.

    Ati “Uretse kugenga inzira ya gari ya moshi, uyu mushinga w’itegeko ugamije kuziba icyuho mu mategeko asanzwe ariho no kugenga ibikorwa bitari bifite amategeko abigenga, nko gutwara abantu n’ibicuruzwa ku butaka no mu mazi ubusanzwe bigengwa n’amabwiriza y’Urwego Ngenzuramikorere, RURA.”

    Iyi ngingo yatumye abadepite bibaza niba iryo tegeko rizashyirwa mu bikorwa mu buryo butagira uwo buhutaza ndetse no ku nshingano RURA isanzwe igenzura imikorere y’ubwikorezi ku butaka no mu mazi ishobora kuzasigarana.

    Depite Murebwayire Christine yabajije ku kibazo cy’abari basanzwe batwara abantu mu biyaga biri mu gihugu hagati bakoresheje ubwato bukozwe mu biti uko bazafashwa muri uyu mushinga.

    Mugenzi we, Depite Aimée Sandrine Uwambaje we yabajije inshingano inshingano RURA izasigarana mu bijyanye n’ubwikorezi mu Rwanda mu gihe iryo tegeko ryasohoka mu igazeti ya Leta.

    Mu gusubiza ibi bibazo, Minisitiri Gatete yavuze ko itegeko rigamije gufasha abari mu mwuga kurushaho gukora mu buryo bunoze ariko n’amabwiriza y’Urwego Ngenzuramikorere akajya ashingira ku mategeko.

    Ati “Ku bijyanye na bariya bantu basanzwe batwara amato bariya na bo nubwo basanzwe banabikora akavuga ati ‘njyewe mbikoze imyaka myinshi hagomba kubaho isuzuma kugira ngo noneho ibyo abuze abibone ariko akomeze kubikora mu buryo bwa kinyamwuga.”

    Yakomeje ati “Aha ikibazo cyari gihari ntabwo mu by’ukuri iri tegeko risimbura amabwiriza ahubwo ayo mabwiriza ntiyari afite itegeko ashingiraho. Itegeko ryo rizajyaho hanyuma amabwiriza atangwa na RURA azakomeza, ashingiye ku itegeko niba hari n’ibibuzemo byongerwemo ariko byombi bizaba bihari.”

    Inteko Rusange umutwe w’Abadepite yemeje ishingiro ry’umushinga w’iri tegeko, ugiye koherezwa muri Komisiyo ikawunononsora mbere yo gutorwa ingingo ku yindi.

    Abadepite bemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi

    Ibikorwa by’iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya Moshi uhuza u Rwanda, Tanzania na RDC bigiye kwihutishwa

    I Masaka ni hamwe mu hantu hateganyijwe kubika imizigo ivuye mu mahanga irimo n’iyatwawe na Gari ya Moshi

  • Abanyeshuri basoje ibizamini bya Leta bashyiriweho uburyo bwo gusubira iwabo – #rwanda #RwOT

    Mu gihe ibice bimwe na bimwe by’igihugu biri muri gahunda Guma mu rugo, abanyeshuri bari gusoza ibizamini bya Leta bisoza Icyiciro rusange n’iby’Amashuri yisumbuye bitegura gusubira mu miryango ya bo bashyiriweho uburyo bagomba gufashwamo mu ngendo za bo.

    Mu itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi mu mashuri (NESA) cyashyize ahagaragara, ryagaragaje ko abanyeshuri bari gusoza ibizamini bya Leta bari bacumbikiwe mu bigo bigiye gutaha ariko mu buryo bwagenwe.

    NESA yavuze ko abanyeshuri bakorera mu bigo bacumbitsemo ariko ishuri bigamo riherereye mu turere batahamo bazatangira gutaha ku wa 28 Nyakanga 2021 babifashijwemo n’ubuyobozi bw’uturere aho bishoboka.

    Ku Cyumweru, tariki ya 1 Kanama 2021, ni bwo abanyeshuri bakoreye mu bigo bidaherereye mu turere batahamo bazataha bahereye ku biga mu Ntara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali, ku munsi ukurikiye hatahe abiga mu Majyaruguru, hasoze ab’Iburengerazuba n’Iburasirazuba.

    Ubuyobozi bwa NESA bwasabye abanyeshuri bakiri mu bizamini bya siyansi gukomeza kwitwararika.

    Buti “Ku banyeshuri bazasigara ku mashuri bakora ibizamini ngiro bya siyansi ariko bataha mu turere ibigo byabo biherereyemo na bo bazajya bataha uko babirangije.”

    Abayobozi b’amashuri n’abashinzwe uburezi basabwe gufasha abanyeshuri bakiri mu bigo ndetse no kubafasha kwishyura amatike ku gihe.

    NESA yakomeje iti “Abayobozi b’amashuri ari gukorerwaho ibizamini bya Leta, abashinzwe uburezi mu turere no mu mirenge basabwa gukomeza gukurikirana imibereho y’abanyeshuri, imyitwarire ya bo mu gihe bategereje gusubira iwabo no kubafasha kubahiriza ingengabihe y’ingendo no kugura amatike hakiri kare.”

    Uretse abanyeshuri ariko hari n’abarimu cyangwa abayobozi b’ibigo by’amashuri bari gufasha abanyeshuri kugira ngo ikorwa ry’ibizamini rigende neza, na bo basabwe gukomeza kwitwaza amakarita bahawe na NESA kugira ngo bafashwe mu ngendo.

    Abanyeshuri bagiye gusanga abandi mu biruhuko basabwe gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 gikomeje kwibasira Isi kidasize n’urubyiruko.

    Ibizamini bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye byatangiye gukorwa ku wa 20 Nyakanga 2021 byazojwe kuri uyu wa 27 Nyakanga 2021 ariko abazakora ibizamini ngiro (Pratique) bazabikomeza ku wa 28 Nyakanga 2021.

    Abanyeshuri bari gusoza ibizamini bashyiriweho uburyo bwo gusubira iwabo

    Abanyeshuri basoje ibizamini bya Leta by’Icyiciro rusange n’Amashuri yisumbuye bagiye gutangira gufashwa gutaha

  • Inteko yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi – #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, washyikirije inteko uyu mushinga, yerekanye ko hari icyuho cyari mu itegeko risanzweho, kuko ritashyiragaho amategeko agenga ingendo zo mu muhanda yaba izo gutwara abagenzi cyangwa ibicuruzwa.

    Yavuze ko uyu mushinga uzashyiraho amategeko atari ariho harimo n’ayo gutwara abagenzi n’ibicuruzwa mu nzira za gari ya moshi cyane ko Guverinoma y’u Rwanda iri gushyira ingufu mu bikorwa byo kubaka inzira zayo mu gihugu kugira ngo igihe hatangiye izi ngendo hazabe hari amategeko azigenga cyane ay’imikoranire y’inzego.

    Abadepite ubwo bemezaga ishingiro ry’uyu mushinga w’itegeko bavuze ko rizanashyiraho amategeko arengera umutekano w’abagenzi n’ibicuruzwa by’abakora ingendo zo mu mazi.

    Depite Imaniriho Clarisse yasabye ko hashyirwaho amategeko agena ko utwara ubwato agomba kuba abifitiye uruhushya nk’uko umushoferi utwara mu muhanda agomba kuba afite uruhushya rwo gutwara imodoka.

    Ati “Nshaka kumenya niba hari uburyo bwashyizweho ku ruhushya rwo gutwara ubwato. Ubundi hari ahantu umuntu yabyigira [gutwara ubwato] igihe abikeneye?”

    Depite Bakundufite Christine yavuze ko itegeko rigenga inzira zo mu mazi rigiye kwigwaho byimbitse gusa agaragaza ko hari ikibazo cy’uko nta mashuri ahari mu Rwanda umuntu yakwigiramo gutwara ubwato.

    Yongeyeho ati “Hari ibihugu twumva ubwato bwaguye abagenzi bagapfira mu mazi. Turi gukora iki kugira ngo twizere umutekano w’abagenzi? Birakenewe ko habaho igenzura rihoraho ku buziranenge bw’ubwato buri gukoreshwa.”

    Minisitiri Gatete yavuze ko hari Abanyarwanda bari gutorezwa muri Tanzania uko batwara ubwato n’uko babukora igihe bwahuye n’ikibazo, kuko mu Rwanda nta nzira z’amazi ziteye imbere zihaba.

    Yongeyeho ko hari umushinga mu Rwanda wo kubaka ibyambu bine harimo ikizubakwa Nyamyumba muri Rubavu, Rusizi ahitwa Budiki, ikizubakwa mu Karere ka Karongi n’ikindi kizashyirwa mu Rutsiro ahitwa Nkora.

    Yakomeje agira ati “Tuzi neza ko ingendo zo mu mazi zizaba ari ikintu gikomeye, rero tugomba kubitegura bihagije. Turashaka ko hashyirwaho amategeko kugira ngo zizakorwe neza.”

    Abajijwe aho ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wa gari ya moshi rigeze, yavuze ko inyigo yarangiye hasigaye gutegura uburyo uzashyirwa mu bikorwa cyane mu bijyanye n’amafaranga azakoreshwa ndetse ko hari gukorwa ibiganiro bigamije kurebera hamwe ingengo y’imari bizatwara.

    Gusa yerekanye ko umuhanda wa gari ya moshi uzava Isaka muri Tanzania werekeza i Kigali biteganyijwe ko uzatwara miliyari 1,3$. Iki gice nikimara kuzura hazakurikiraho inyigo yo kubaka umuhanda wa gari ya moshi Kigali-Rubavu, witezweho koroshya ingendo zihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yavuze ko hari amategeko y’ingenzi yaburaga mu itegeko rigenga imihanda mu Rwanda, ndetse ko hatari hari n’agenga ingendo zo mu mazi na gari ya moshi

    Abadepite bemeje umushinga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi mu Rwanda. Iki gikorwa cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

  • Haba harabayeho inyerezwa no gucunga nabi umutungo mu iyubakwa ry’Ikibuga cya Golf? RSSB yagize icyo ibivugaho – #rwanda #RwOT

    Nyuma y’umunsi umwe iyi nkuru isohotse, Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, ari narwo rwateye inkunga umushinga w’iyubakwa ry’iki kibuga, rwanyomoje ibirego bijyanye n’ikoreshwa nabi ry’amafaranga yari awugenewe, aho byitwa ko ari imisanzu y’ubwiteganyirize y’abaturarwanda yasesaguwe.

    Iyo nkuru ivuga ko guhera mu 2018, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, rwatangiye ibikorwa bigamije gushaka uko iki kibuga giherereye i Nyarutarama cyavugururwa bijyanye n’igihe, kikava ku kugira imyobo icyenda ahubwo ikikuba kabiri ikaba 18 ku buryo kijya ku bipimo mpuzamahanga.

    Muri icyo gihe ngo Sosiyete y’Abafaransa yitwa Gregori International & Gary Player, yahawe isoko ryo gukora igishushanyo mbonera cy’uwo mushinga no kubaka hanyuma ikazishyurwa miliyoni 4$ birangiye.

    RDB yaje gushyira mu maboko RSSB uyu mushinga kugira ngo iwugenzure, ku buryo wari kuzaba kimwe mu bikorwa u Rwanda rwifashisha mu gutuma abari kwitabira Inama y’Abakuru b’ibihugu bo muri Commonwealth, CHOGM, bagubwa neza.

    Kuko ari umushinga usaba amafaranga menshi, byabaye ngombwa ko RSSB imenyesha Minisiteri y’Imari n’Igenamugambi kugira ngo ibihe umugisha.

    Ngo muri Kanama 2019, Inama y’Ubutegetsi ya RSSB yagennye ko hashingwa ikigo gifite igishoro cya miliyari 19,6 Frw kizajya kigenzura ibikorwa byose bijyanye n’icyo kibuga.

    Icyo kigo cyiswe “Rwanda Ultimate Golf Course LTD (RUGC),” ndetse mu buyobozi bwacyo harimo nka Alain Ngirinshuti aho yagizwe ukuriye Inama y’Ubutegetsi.

    Josué Dushimimana we yagizwe Umuyobozi Mukuru wacyo, Ntwali Kevin Habineza ashyirwa mu Nama y’Ubutegetsi cyo kimwe na Brian Kirungi na Patrick Gihana Mulenga. Bagombaga kujya batanga raporo yabo kuri RSSB.

    Bivugwa ko aba basore bose bakiri bato, batangiye gukoresha nabi umutungo w’icyo kigo, bakajya batanga amasoko nta mapiganwa yabayeho, bakishyura abantu bagemuye ibikoresho ariko nta mpapuro zisaba kwishyura zitanzwe n’ibindi nk’ibyo.

    Mu mpera za Kanama 2019, RSSB ngo yaje kongera ingengo y’imari yo kubaka icyo kibuga, iva kuri miliyoni 4$ igera kuri miliyoni 16$. Byose byakorwaga kugira ngo ikibuga kizarangire kiri ku rwego mpuzamahanga.

    Bivugwa ko kugera muri Kamena 2020 ubwo hari hateganyijwe CHOGM iki kibuga cyari kitaruzura.

    • Ese habayeho gucunga nabi umutungo muri RUGC? RSSB yagize icyo ibivugaho

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, RSSB yasohoye itangazo rya paji ebyiri rikubiyemo ingingo zirindwi zisobanura imvo n’imvano y’ikibazo.

    Iri tangazo rivuga ko uyu mushinga uri mu cyerekezo cy’igihugu cya 2050 cyo kuba igicumbi mpuzamahanga cy’ubukerarugendo bityo ko ariyo mpamvu “ubuyobozi bw’u Rwanda, bwasanze Ikibuga cya Golf cya Kigali igikorwa remezo cyo ku rwego rwo hejuru gishobora gushyirwa ku rwego mpuzamahanga kikagira uruhare mu kongera ibikorwa by’ubukerarugendo bwaba mpuzamahanga cyangwa bw’imbere mu gihugu”.

    RSSB ntiyagiye kure y’ibyatangajwe ko uyu mushinga watangiye uri mu maboko ya RDB ariko nyuma ikaza kuwegurirwa byemejwe na Minisitiri. Kugira ngo ucungwe neza, RSSB ivuga ko aribwo hashinzwe RUGC.

    Ku bijyanye n’imitangire y’amasoko, RSSB yavuze ko yose yatanzwe mu buryo bwemewe. Iti “Kuko RUGC yari ikigo cyigenga, ntabwo byasabaga ko hakurikizwa ibigenwa n’amategeko ya leta”.

    Yavuze ko ibyemezo bikomeye nko guha isoko Gregory International, byakozwe n’itsinda ryagenwe na RDB; RSSB; Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire, RHA; Umujyi wa Kigali na Kigali Golf Club.

    Ikomeza igira iti “Kuko ingengo y’imari ya mbere ingana na miliyoni 4$ yari yaremejwe itari ihagije kugira ngo hubakwe ikibuga cyemewe n’Ishyirahamwe ry’Abakina Golf by’umwuga (PGA), yaravuguruwe igera kuri miliyoni 11$ ndetse isoko rya mbere ryongererwa igihe bigizwemo uruhare n’itsinda rigizwe na RDB, RDB,RHA, Umujyi wa Kigali na Kigali Golf Club”.

    Ivuga kandi ko kubera imikoranire myiza n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’u Rwanda, iki kibuga cyuzuye mu Ukuboza 2020, ubugenzuzi bukorwa n’abahanga mu myubakire y’ibibuga bya Golf, abagenzuzi b’uyu mushinga n’itsinda ryari ryashyizweho n’inzego zose zakurikiranaga ibikorwa.

    Kubaka byatwaye umwaka n’igice mu gihe ubusanzwe kubaka ikibuga kiri ku rwego rwa PGA, RSSB ivuga ko bitwara imyaka irenga ibiri.

    Kuva cyakuzura, ngo RUGC iri gukora imirimo yoroheje ijyanye no kucyitaho mu gihe mu myaka ya mbere, Gregori International ariyo izajya icyitaho ikanagisana.

    • Ibinyabutabire byangije iki kibuga

    Taarifa yatangaje mu ntangiriro za Kamena 2021, bamwe mu bakozi ba RUGC bateye ikinyabutabire mu bwatsi bwa kiriya kibuga ngo bashaka “guhembera ubwatsi bwacyo kugira ngo barebe ko bwashibuka ariko biranga”.

    RSSB yatangaje ko byari biteganyijwe ko Ikibuga cya Golf kizafungurwa mu mpera za Kamena 2021 ariko kubera ikibazo cy’ibyo binyabutabire byangije ibice bimwe byacyo, ingaruka zabyo n’uko kudindira byose byabazwe ku watsindiye isoko ryo kubaka.

    Yasoje igira iti “Nyuma yo kugenzura uko ikibuga kiri kongera kumera neza, RUGC yateganyaga kugifungura mu mpera za Nyakanga 2021, ariko icyo gikorwa kirasubikwa kubera ingamba nshya zafashwe zo kwirinda COVID-19 zirimo no kuba Umujyi wa Kigali uri muri Guma mu rugo”.

    Biteganyijwe ko gahunda ya Guma mu rugo nikurwaho aribo hazatangazwa igihe ikibuga cya Golf kizatahwa ku mugaragaro.

    Ikibuga cya Kigali Golf Club cyari gisanzwe gifite ubuso bwa hegitare 17 mu gihe kuri ubu ikiri kubakwa kizaba gifite hafi hegitare 65.

    Clarifications on the Kigali Golf Course Project led by RUGC, a Subsidiary of RSSB pic.twitter.com/MJvjGOarOY

    — Rwanda Social Security Board (@RSSB_Rwanda) July 27, 2021

    Iki Kibuga cya Golf kimaze iminsi ibiri ari inkuru mu matwi ya benshi

  • #COVID19: Abandi bantu 14 bitabye Imana, abanduye bashya ni 969 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo Minisiteri itangaza kandi ko kuri uwo munsi abasezerewe mu bitaro ari 15 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 13, abarembye ni 61.

  • Perezida Nyusi yahishuye ko nta n’urupfumuye Mozambique yishyuye abasirikare b’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi Perezida Nyusi yabigarutseho ubwo yatangaga ishusho rusange ijyanye n’uko umutekano wifashe mu Ntara ya Cabo Delgado kuva Ingabo z’u Rwanda zahagera.

    Yabigarutseho asa n’usubiza ibibazo byari bimaze iminsi byibazwa mu itangazamakuru, aho abenshi bagarukaga ku kwibaza ingano y’amafaranga Mozambique ishobora kuba yaremereye u Rwanda kugira ngo rwoherezeyo abasirikare.

    Perezida Nyusi yavuze ko u Rwanda rutigeze ruca Mozambique n’urupfumuye kugira ngo ruyoherereze abasirikare.

    Ati “Nta wigeze asaba Mozambique igihembo kugira ngo ayifashe kurokora ubuzima bw’Abanya-Mozambique, navuga ko ari njye na Guverinoma na n’umwe uzi ibyo bintu (kuba u Rwanda rwishyuwe).”

    “Umusanzu w’u Rwanda uri mu murongo w’ihame ry’ubumwe no gutahiriza umugozi umwe, ku bw’ibyo nta giciro ufite, kuko bijyanye no gutabara ubuzima bw’ikiremwamuntu, guhagarika gucibwa imitwe kw’abatuye Cabo Delgado n’isenywa ry’ibikorwaremezo.”

    Yakomeje avuga ko nta muturage ukwiye guterwa impungenge n’ingabo z’amahanga ziri muri iki gihugu kuko ari ubufatanye mu kurwanya iterabwoba.

    Ati “Ntitugomba gutinya ubu bufasha, ntidukwiye gutinya kuba hari ingabo z’amahanga ziri aha zaturutse mu bindi bihugu, yego dukwiye kuba duterwa ubwoba ahubwo no kuba turi twenyine mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba. Nta gihugu ku Isi cyihagije mu bijyanye n’urugamba rwo kurwanya iterabwoba.”

    Mu ntangiriro za Nyakanga 2021, nibwo u Rwanda rwohereje Ingabo n’Abapolisi 1000 muri Mozambique mu ntambara igamije guhashya imitwe y’iterabwoba ibarizwa mu gace ka Cabo Delgado. Mu cyumweru gishize Guverinoma ya Mozambique yatangaje ko izi ngabo zimaze gutsimbura umwanzi.

    Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yavuze Ingabo z’u Rwanda ziri muri iki gihugu mu gutanga umusanzu mu kugarura umutekano ko zitigeze zibyishyurirwa