Tag: featured

  • Ntawe uzicwa n’inzara kubera ko ari muri Guma mu Rugo – Guverineri Kayitesi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Alice Kayitesi, Guverineri w
    Alice Kayitesi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo

    Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio Huye ku mugoroba wo ku itariki 28 Nyakanga 2021, ku mpamvu za Guma mu Rugo yatangiye kuri iyo tariki nyine, mu mirenge 25 yo mu turere dutandatu two mu Majyepfo, yiyongeraga kuri 12 igize Akarere ka Kamonyi kuko ko kari muri Guma mu Rugo kose.

    Yagize ati “Mu ntara yacu abaturage benshi batunzwe n’ubuhinzi, kandi turishimira ko bahinga bakeza. By’umwihariko n’iki gihembwe turimo ndetse n’icyo dushoje byagenze neza. Ariko ntabwo twakwirengagiza ko mu mirenge itagera kuri itanu yashyizwe muri Guma mu Rugo, hari aho ushobora gusanga bene ibyo bibazo”.

    Yakomeje avuga ko ku bufatanye n’uturere bagerageje gukora urutonde rw’abakenera gufashwa binyuze mu isibo, babanje kureba niba nta mirimo y’ubuhinzi baba bafite yiyongera ku ya buri munsi igaragara nk’aho ari yo ibatunze.

    Yunzemo ati “Twiteguye ko abaza kugaragaza ikibazo tuza kubafasha, binyuze mu bushobozi bwacu nk’abatuye mu mudugudu, ndetse aho ubushobozi bw’umudugudu bwananirana, n’ubuyobozi bw’akarere tukabasha kubafasha. Nta muturage wacu uzicwa n’inzara kubera ko ari muri gahunda ya Guma mu Rugo”.

    Ubundi mu Ntara y’Amajyepfo, uretse Akarere ka Gisagara, utundi twose dufite byibura umurenge umwe washyizwe muri Guma mu Rugo.

    Mu Karere ka Nyaruguru harimo umwe, hakaba ine muri Nyanza, itatu muri Huye, ine muri Nyamagabe, irindwi muri Muhanga n’itandatu muri Ruhango.

    Guverineri Kayitesi avuga ko gushyira iyi mirenge muri Guma mu Rugo byaturutse ku gupima abantu byibura 100 muri buri kagari biherutse gukorwa, kuko bahasanze uburwayi bwa Coronavirus ku rwego rwo hejuru ya 9%, ariko ko ahenshi ari hejuru ya 15%.

    Yagize ati “Nko mu Murenge wa Shyogwe muri Muhanga ndetse n’uwa Kinazi muri Ruhango, ho Coronavirus bayisanze mu bari hejuru ya 20%”.

    Kwiyongera kw’abarwaye Coronavirus kuri uru rwego kandi ngo byavuye ahanini ku kudohoka no kwirara ku bijyanye no kubahiriza amabwiriza yo kuyirinda.

    Ibi ngo bigaragarira ku bafatwa bafunguye utubari cyangwa bimuriye utubari mu ngo, kuko ngo nta munsi n’umwe mu Majyepfo hadafatwa byibura umwe, ndetse n’abantu usanga bateraniye ahantu ari benshi mu buryo butemewe, nyamra muri bo harimo abamaze kwandura Coronavirus, banduza bagenzi babo.

    Urugero ngo ni nk’abaherutse gufatirwa ku musozi wa Kanyarira bagiye kuhasengera, babapima bagasangamo abarwaye Coronavirus.

    Kuri abo hiyongeraho n’abarwariye Coronavirus mu ngo basohoka bakajya ahateraniye abantu benshi, bakahava banduje abari bazima.


  • Politiki nshya y’uburezi irakomanga: Kaminuza n’Amashuri Makuru bizasabwa gushyira imbere ibyinjiza amafaranga – #rwanda #RwOT

    Ku bw’iyo mpamvu mu 1998 hashyizweho politiki igenga uburezi yari igamije muri rusange kongera guha umurongo uru rwego rufatwa nk’ishingiro ry’iterambere mu gihugu gito, gikennye, kidakora ku nyanja kandi kidafite umutungo kamere.

    Iyi politiki yahinduwe mu 2003 hagamijwe guhuza uburezi na gahunda zo kurwanya ubukene (Vision 2020), kwegereza abaturage ubuyobozi no kwinjiza ikoranabuhanga mu myigishirize.

    Hari kandi gushyiraho umurongo wagombaga gutuma igihugu cyesa imwe mu mihigo ku rwego mpuzamahanga irimo ‘uburezi kuri bose’, kwitabira amashuri abanza ku bana bose bagejeje igihe no kuzamura ibyiciro by’uburezi byari bikiri hasi.

    Mu byiciro byari byari bitaratera imbere harimo n’icy’amashuri makuru na kaminuza aho kugeza mu 2003, abanyeshuri biyandikishije muri iki cyiciro bari ku kigereranyo cya 1%.

    Leta yakoze byinshi mu kuzahura uru rwego, amashuri agenda yiyongera yaba aya leta n’ayigenga by’umwihariko.

    Nubwo bimeze bityo, kuva mu myaka mike ishize amwe mu mashuri makuru na kaminuza yakubitiwe ahareba i Nzega; hari ayafungiwe amashami andi yamburwa uburenganzira bwo gukorera ku butaka bw’u Rwanda.

    Aya vuba arimo Indangaburezi College of Education, Kaminuza ya Kibungo (UNIK) ndetse na Christian University of Rwanda (CHUR), yafunzwe burundu muri Kamena 2020 ariko ni umwitozo watangiye muri Werurwe 2017 hakorwa ubugenzuzi bw’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), bwatumye Nile Source Polytechnic of Applied Sciences (NSPA), Rusizi International University na Singhad Technical Education Society Rwanda (STES) zifungwa.

    Muri ubu bugenzuzi hagaragaye ibibazo bijyanye n’imiyoborere, ibikoresho bidahagije, ubukungu butifashe neza aho wasangaga zimwe zidahemba abakozi n’abarimu ndetse n’ibindi bibazo bikoma mu nkokora ireme ry’uburezi n’imyigishirize.

    Politiki y’uburezi isimbura imaze imyaka 18 igenderwaho iri hafi

    Minisiteri y’Uburezi itangaza ko politiki igenga uburezi mu Rwanda yashyizweho mu 2003 yatangiye guhindurwa kubera impinduka zitandukanye zagiye ziba zigasaba ko haba umurongo mushya mu burezi.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki n’igenamigambi muri Minisiteri y’Uburezi, Rose Baguma, yatangaje ko politiki y’Uburezi yo muri 2003 yashyizweho ishingiye ku cyerekezo 2020 n’ingamba zo kuzamura ubukungu no kurwanya ubukene (EDPRS II), byarangiranye na 2020.

    Ati “Ubu intego nshya ziri mu cyerekezo 2050, Gahunda yo kwihutisha Iterambere (NST1, 2017-2024) n’izindi gahunda nshya zatumye hatekerezwa kuvugurura politiki y’uburezi.”

    Itegurwa ryayo ryagizwemo uruhare na Minisiteri y’Uburezi, ibigo biyishamikiyeho, Uturere, abikorera, abaterankunga mu burezi, inzego z’abagore n’urubyiruko n’abayobozi b’amashuri makuru na za Kaminuza. Hari kandi abahagarariye abafite ubumuga, Minisiteri n’ibindi bigo bya Leta n’abandi.

    Muri rusange ikigamijwe ni ugutanga imirongo migari ku ngingo zitandukanye ziganisha ku kuzamura ireme ry’uburezi cyane cyane kuzamura imyigire y’umunyeshuri ishingiye ku munyeshuri.

    Impinduka nshya

    Rose Baguma yavuze ko mu by’ingenzi bizahinduka muri politiki nshya ugereranyije n’iyagenderwagaho mu myaka 18 ishize, harimo ko amashuri makuru na kaminuza azajya aha imbaraga ibikorwa biyinjiriza amafaranga.

    Ntibirasobanurwa uko gahunda izatuma Amashuri Makuru na Kaminuza abasha kugira ibikorwa byinjiza amafaranga izaba iteye. Icyakora byafasha ayakomwaga mu nkokora n’ibibazo by’ubukungu bishingiye ku gutega amaramuko kuri ‘minerval’ z’abanyeshuri byakunze kugaragara ku mashuri yigenga, byaba bigiye kubonerwa umuti.

    Usibye mu yigenga ibibazo nk’ibi byanagaragaye muri Kaminuza y’u Rwanda aho nko mu isesengura rya Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta mu mwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2019, yari ifite amadeni agera kuri miliyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda n’ibindi bibazo bikomeye.

    Mu bindi bizahinduka harimo ibijyanye n’imitegurire y’abarimu, uburyo abanyeshuri bakorerwa amasuzuma kandi hazashyirwa imbaraga mu mashuri y’incuke.

    Kuri ubu hari abarimu bagaragaza ko ingengabihe y’amasomo atangwa ku munsi ari ndende cyane aho isomo rya mbere ritangira saa moya n’iminota 20 irya nyuma rigasozwa saa kumi n’imwe ku buryo binaniza abanyeshuri utaretse n’abarimu. Ikiruhuko kimara isaha imwe uhereye saa tanu n’iminota 40.

    “Abana biga umunsi wose ntibabona umwanya wo kuruhuka. Biviramo bamwe gusiba bya hato na hato kuko kugira ngo umwana abe yakwiga icyumweru cyose ni ibintu bidapfa gushoboka. Ugera mu rugo agafashwa kuruhuka ni we witabira neza amasomo na ho ab’amikoro make biragoye.”

    Rose Baguma yavuze ko politiki nshya y’uburezi igaragaza ko ingengabihe y’umunsi ‘workload’ izagabanuka, hakazashyirwaho izindi ngamba zigaragaza uburyo bizakorwa, uretseko na gahunda yo kwiga ingunga imwe izagenda ikemura iki kibazo buhoro buhoro.

    Ku bijyanye n’indimi mu mashuri, Icyongereza kizahabwa imbaraga nk’ururimi rwigishirizwamo ariko izindi ndimi nk’Ikinyarwanda, Igifaransa n’Igiswahili bizahabwa umwihariko.

    Mu gihe havugwa ibibazo by’imyitwarire mibi mu banyeshuri hirya no hino mu gihugu birimo ubusinsi, urugomo n’izindi ngeso zigayitse, Rose Baguma avuga ko muri politiki nshya, uburezi buzaba bushingiye ku nkingi ya mwamba y’indangagaciro nyarwanda, gutoza abana kwifata neza no guhana bikwiriye.

    Imibereho ya mwarimu na yo ngo izitabwaho ku buryo izakomeza kuzamurwa nk’abandi bakozi ba leta, ‘career path’ yabo na yo igahabwa imbaraga kuko na yo ituma bazamuka mu mibereho.

    Ntiharamenyekana igihe politiki nshya y’uburezi mu Rwanda izarangira gutegurwa ikanatangarizwa Abanyarwanda.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Politiki n’Igenamigambi muri Minisiteri y’Uburezi, Rose Baguma

  • Mgr Mbonyintege yosobanuye iby’ibaruwa yagiye hanze isabira inkunga umupadiri urwaye – #rwanda #RwOT

    Iyo baruwa isabira inkunga Padiri Kagabo usanzwe ari Umuyobozi wa Radio Maria Rwanda, ivuga ko abantu bafite umutima ufasha, batanga inkunga y’amafaranga yo kuvuza uyu mupadiri ukeneye akayabo k’ Amayero 59.017 [arenga miliyoni 70 Frw] kugira ngo avurwe.

    Benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bibazaga impamvu Diyosezi yifashije nka Kabgayi isaba inkunga yo kuvuza umupadiri.

    Musenyeri Mbonyintege yavuze ko iyi baruwa yanditswe ku itariki 17 Kamena itari yandikiwe abantu bose, ahubwo ko yari ifite abantu runaka igenewe b’inshuti.

    Yagize ati “Iyo baruwa narayanditse ariko uwo yagezeho si we igomba kuganaho kuko igenewe uwo mupadiri wanditseho [Padiri Bucyana Boniface uba mu Busuwisi]. yahawe abo igomba guhabwa.”

    “Ntabwo ari igikorwa kibi ariko ntabwo ari ibintu bigomba kujya mu Isi hose. Hari abo iba yohererejwe bazwi ariko nyine hari abafite iryo shyaka ryo kubisakaza hose bigakwira.”

    Musenyeri Mbonyintege yavuze ko koko uyu mupadiri arwaye, yagiye mu Bufaransa agiye kwisuzumisha ukuboko muri Mata 2021, agira ibyago asanga arwaye kanseri. Ubu ari kuvuzwa kandi akavuzwa ku buryo buhenze cyane akaba ari byo byatumye yifashisha inshuti kugira ngo zimufashe.

    Yavuze ko hari abari kumufasha ndetse n’abandi bifuza kumufasha babikora ariko nta gikuba cyacitse ku buryo atabarizwa ndetse ko hazakorwa ibishoboka kandi akavuzwa.

    Yakomeje asobanura ko Diyosezi izamuvuza ariko ikeneye n’ubufasha bw’abandi bantu. Ati “Diyosezi iyishyuye yose hari ibindi byapfa, wakwica n’abazima. Ariko ibonye n’inkunga byakoroha kurushaho.”

    Musenyeri yaboneyeho kugira inama abantu bose ko bajya kwivuza igihe cyose bumva barwaye ko badakwiriye gusuzugura indwara n’imwe, kuko hari igihe iba ari indwara ikomeye nka kanseri kandi ihenda kuvuzwa.

    Mgr Smaragde Mbonyintege yavuze ko ibaruwa yagiye hanze itabariza Padiri Kagabo ifite abo yari igenewe

  • Gicumbi:Abaturiye ahubatswe Umudugudu w’icyitegererezo wa Kagugu barasaba guhabwa ingurane bakimuka – #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baganiriye na TV1 bavuga ko babangamiwe n’uburyo bamaze igihe kirekire batari bahabwa amafaranga yabo mu gihe ubuyobozi bwababujije gusana inzu zabo.

    Bavuga ko hatangira umushinga wo kubaka uyu Mudugudu, abayobozi bababwiye ko abawuturiye bagomba kwimurwa bakajya gushaka ahandi bajya gutura aho batuye hagakoreshwa n’abatuye muri uyu mudugudu.

    Nyamara hagiye ngo hagiye gushira imyaka itatu babariwe agaciro k’imitungo yabo ariko batarabishyura mu gihe babujijwe kugira icyo bahindura kandi zimwe mu nzu zabo zaratangiye kwangirika. Ibi bituma badashobora gukora imishinga y’igihe kirekire bitewe n’uko batazi igihe bazimurirwa muri aka gace.

    Umwe yagize ati “Ntabwo baranyishyura, bishyuye abantu bashyashya basigamo umukecuru, mbese ayo mafaranga ko bayasinyiye iki ko atatugeraho? Njye ngiye kwiyubakira bushya bitazangiraho ingaruka.”

    Undi ati “Baje bagenda batoranya, reba bishyuye abantu Bbamwe basiga iriya nzu yanjye kandi imodoka ni zo zagize uruhare mu kuyisenya; igihande cya ruguru cyaraguye, twababwira ngo baduhe icyangombwa tuyisane itaragwa ngo nimube muretse amafaranga yanyu ari kuza.”

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, bwo buvuga ko impamvu aba baturage batinze kwishyurwa byatewe n’uko gahunda yo kubimura ari igenamigambi ry’igihe kirekire ndetse nta gihe bababwiye ko bazabishyura.

    Meya w’Akarere Gicumbi Nadayambaje Felix ati “Icyo twari twakoze ni igenamigambi rirerire kuko twabanje kubaka umudugudu dutekereza ko abawutuye tuzabaha inka cyangwa se amatungo magufi nk’inkoko bakagira ibiraro rusange tukagira ahantu tubishyira.”

    Rero twari twabaze ni iki bisaba ariko abaturage tunabasaba ko nubwo tubibaze bakomeza gukoresha ubutaka bwabo ya minsi 120. Igihe tuzahakenera tuzongera tubare igiciro kigezweho tunongereho 5%.”

    Yongeyeho ko babwiye aba baturage ko ubutakaka bwabo baba babukoresha cyane cyane ko byahuriranye n’icyorezo cya Covid-19 anashimangira ko nta muturage babariye ngo bamwambure n’ubutaka bwe cyangwa abuzwe kububyaza umusaruro.

    Gusa aba baturage basaba ko bahabwa amafaranga yabo bagashaka aho kwimukira ngo bakore imishinga y’igihe kirekire yabateza imbere kubera ko ntayo bakorera aha kandi batazi igihe bazahimurirwa.


  • Kudohoka twabikuyemo isomo: Abacuruzi b’i Huye bakajije ingamba zo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Imirenge ya Tumba, Kinazi na Gishamvu yo mu Karere ka Huye yatangiye gahunda ya Guma mu Rugo y’iminsi 10 kuri uyu wa 28 Nyakanga 2021. Icyemezo cyafatiwe iyi mirenge nyuma y’igenzura ryagaragaje ko hari ubwandu bwinshi buri kuyibonekamo.

    Ibi byasigiye isomo abacurururiza mu Mujyi wa Huye ndetse biyemeza kwitwararika ku ngamba zashyiriweho guhangana na Coronavirus.

    Umwe mu bacuruzi yagize ati “Kuba umurenge duturanye ugaragaramo ubwandu bwinshi ukaba washyizwe muri Guma mu Rugo, ni ibitwereka ko natwe tugomba kurushaho kubahiriza amabwiriza kugira ngo twirinde iki cyorezo. Birumvikana ko tubirenzeho imibare y’abanduye ikaba myinshi natwe badushyira muri Guma mu Rugo.”

    Mugenzi we yavuze ko kudohoka ku ngamba zashyizweho babikuyemo isomo.

    Yakomeje ati “Kudohoka twabikuyemo isomo kuko bituma amafaranga wakoreye na yo uyatangamo amande kandi bwacya ukajya gutakaza undi mwanya winginga ngo bongere bagufungurire. Ubu tugiye kwirinda cyane kandi duhwiturana kuko iyo hari umwe urenze ku mabwiriza bituzanira icyorezo bikatugiraho ingaruka twese.”

    Abikorera bo mu Karere ka Huye baherutse gushyiraho amasibo 39 afite inshingano zo guhwitura abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yasabye abatuye mu mirenge yashyizwe muri Guma mu Rugo kurushaho kwitwararika kuko ikigamijwe ari ukugabanya imibare y’abandura Covid-19.

    Ati “Guma mu Rugo ntabwo ari ukujya ku muhanda, kujya ku muharuro, kujya kureba uko hameze. Ni ukuguma mu rugo kugira ngo turebe ko ubwandu bwagaragaye muri iriya mirenge ku rwego rwo hejuru bwagabanuka.”

    Yasabye abatuye mu mirenge 11 itashyizwe muri Guma mu Rugo ko na bo bakomeza kwirinda bubahiriza amabwiriza yose yashyizweho n’inzego z’ubuzima, kuko naho ubwandu bwa Covid-19.

    Ati “N’indi mirenge n’ubwo itari muri Guma mu Rugo, urebye ishusho y’ubwandu iteye impungenge kuko mu gupima imirenge yose wagiye ubona harimo utugari n’imidugudu ifite ubwandu buri hejuru ya 10%.”

    Sebutege yasabye abatuye mu mirenge itari muri Guma mu Rugo kwirinda gukora ingendo zitari ngombwa ahubwo bakita ku gukora ibikorwa bibateza imbere aho kujya gutembera mu muhanda cyangwa muri santere z’ubucuruzi.

    Ku baturiye imirenge iri muri Guma mu Rugo bizaba ngombwa ko bayinyuramo bagiye mu yindi, yavuze ko bazajya babanza gusobanura aho bagiye n’ikibajyanye, harebwe niba ari ngombwa ko batambuka.

    Yavuze ko abatuye mu mirenge iri muri Guma mu Rugo bafite imirimo ya ngombwa bagomba kujya gukora hanze yaho bazajya bemererwa kujya ku kazi. Gusa yibukije bakoresha babo ko ku kazi hagomba kujya batarenze 15% nk’uko amabwiriza abiteganya.

    Mu gihugu hose imirenge 50 ni yo yashyizwe muri Guma mu Rugo y’iminsi 14 kuva tariki ya 28 Nyakanga 2021 kugeza ku wa 10 Kanama 2021.

    Iyi mirenge yiyongera ku Mujyi wa Kigali n’uturere twa Burera, Gicumbi, Musanze, Kamonyi, Rwamagana, Nyagatare, Rubavu na Rutsiro turi muri gahunda ya Guma mu Rugo yatangiye ari iy’iminsi 10 nyuma hongerwaho iminsi itanu, bikaba biteganyijwe ko izarangira ku wa 31 Nyakanga 2021.

    Abacururiza mu Mujyi wa Huye bakajije ingamba birinda gushyirwa muri Guma mu Rugo

    Abakorera mu Mujyi wa Huye n’abaza guhaha barasabwa gukomeza kwitwararika birinda icyorezo cya Covid-19

    Buri wese arasabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yasabye abo mu mirenge yashyizwe muri Guma mu Rugo kurushaho kwitwararika

    Mu Mujyi wa Huye ibikorwa birakomeje kuko wo utashyizwe muri Guma mu Rugo

    [email protected]


  • Rwamagana: Undi Gitifu w’Akagari yasezeye akazi kubera ubusinzi – #rwanda #RwOT

    Ibaruwa yo gusezera akazi yayishyikirije ubuyobozi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 28 Nyakanga 2021, akaba yavuze ko ubusinzi aribwo butumye asezera akazi.

    Mu ibaruwa IGIHE ifitiye kopi Muhizi yagize ati “Bwana muyobozi, mbandikiye nsezera ku kazi nakoraga k’Ubunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari mu Karere mubereye umuyobozi, bikaba bitewe n’ubusinzi bukunda kungaragaraho, bayobozi nkaba mbasezeranya ko ngiye kuba umuturage mwiza.”

    Amakuru agera ku IGIHE ni uko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yafatiwe mu kabari muri ibi bihe Akarere ka Rwamagana kari muri gahunda ya Guma mu rugo ubuyobozi ngo bwari busanzwe bumuziho gukunda agatama cyane bituma ahita asabwa kwandika ibaruwa asezera ku kazi.

    Iyo baruwa yanditse ngo ntiyarindiriye kuyandikisha imashini kuko ngo yazaniwe urupapuro n’ikaramu agahita abikorera aho yari aherereye.

    Uyu muyobozi yabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kane uvuye mu nshingano ze bikavugwa ko bitewe n’ubusinzi nyuma yaho COVID-19 igeze mu Rwanda.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, aherutse kubwira itangazamakuru ko bamaze kwirukana abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari dutatu n’abayobozi b’imidugudu itatu bose bakaba baragiye bafatirwa mu tubari barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Abayobozi bahora bakangurirwa kuba ba nkore neza bandebereho kuko imico mibi itazigera yihanganirwa na rimwe kuko atari yo miyoborere ikenewe.


  • RIB yinjiye mu kibazo cy’ikoreshwa nabi ry’umutungo ryavuzwe mu iyubakwa ry’ikibuga cya Golf – #rwanda #RwOT

    Iki kibazo cyatangiye kumvikana mu ntangiriro z’iki cyumweru aho bivugwa ko itsinda ry’urubyiruko ryari ryarahawe gukora iyi mirimo ryasesaguye ndetse rikidagadura muri miliyari 16 Frw zari zigenewe uyu mushinga.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko hatangiye gukorwa iperereza kuri iki kibazo yemeza ko kugeza ubu nta cyaha kiragaragara.

    Ati “Iki kibazo RIB iri kugikoraho iperereza ariko kugeza ubu ngubu nta byaha biragaragara. Nta bikorwa bigize ibyaha biragaragara. Iperereza rirakomeje.”

    RIB yatangaje ibi nyuma y’uko ku wa 27 Nyakanga 2021, Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB ari narwo rushinzwe imirimo yo kubaka iki kibuga cya Golf rwasohoye itangazo rivuga ko nta mitangire mibi y’amasoko yabayeho nka kimwe mu byaha byavugwaga muri iki kibazo.

    Kuva mu 2018, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, rwatangiye ibikorwa bigamije gushaka uko Ikibuga cya Golf cya Kigali giherereye i Nyarutarama cyavugururwa bijyanye n’igihe, kikava ku kugira imyobo icyenda ahubwo ikikuba kabiri ikaba 18 ku buryo kijya ku bipimo mpuzamahanga.

    Muri icyo gihe ngo Sosiyete y’Abafaransa yitwa Gregori International & Gary Player, yahawe isoko ryo gukora igishushanyo mbonera cy’uwo mushinga no kubaka hanyuma ikazishyurwa miliyoni 4$ birangiye.

    RDB yaje gushyira mu maboko RSSB uyu mushinga kugira ngo iwugenzure, ku buryo wari kuzaba kimwe mu bikorwa u Rwanda rwifashisha mu gutuma abari kwitabira Inama y’Abakuru b’ibihugu bo muri Commonwealth, CHOGM, bagubwa neza.

    Kuko ari umushinga usaba amafaranga menshi, byabaye ngombwa ko RSSB imenyesha Minisiteri y’Imari n’Igenamugambi kugira ngo ibihe umugisha. Ngo muri Kanama 2019, Inama y’Ubutegetsi ya RSSB yagennye ko hashingwa ikigo gifite igishoro cya miliyari 19,6 Frw kizajya kigenzura ibikorwa byose bijyanye n’icyo kibuga.

    Ikigo cyahawe gukurikirana uwo mushinga ni cyo cyashyizwe mu majwi ku mikoreshereze mibi y’umutungo wagenwe mu kubaka iki kibuga, ni amakuru RSSB ivuga ko nta shingiro afite.

    Ikibuga cya Golf cya Kigali imirimo yo kucyubaka iravugwamo ibibazo byo gusesagura umutungo

  • Kirehe: Umugabo yishe umusore w’umuturanyi amukubise umuhini nyuma yo kumwitiranya n’umwana we – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ahagana saa Moya z’ijoro mu Mudugudu w’Umutuzo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe.

    Amakuru avuga ko uyu musore yari yagorobereje mu rugo rw’uyu mugabo, akaza gutaha yasinze akarwana n’umugore we. Aba basore baganiraga ngo bihutiye kujya kubakiza undi akubita umuhini uwo musore w’umuturanyi amwitiranya n’umwana we ngo ukunda gushyigikira ko uyu mugabo yareka kwikubitira umugore we.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushikiri, Hakizamungu Adelte, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo asanzwe azwiho kugira amahane menshi n’urugomo, ubwo ngo bageraga iwe nyuma yo gukubita uyu musore banamusanganye ibikoresho bigaragaza ko ateka kanyanga.

    Ati “Rero nijoro ahagana saa Moya ni bwo baduhuruje ko akubise umusore w’umuturanyi umuhini mu mutwe. Badusobanuriye ko uwo mugabo yatashye yasinze ageze mu rugo akubita umugore we, wa musore n’undi mwana w’uwo mugabo bari bari kuganira barahurura baza gukiza.”

    Yakomeje agira ati “Mu kuza gukiza rero wa mugabo yahise agira umujinya ajya kuzana umuhini mu nzu, umugore we n’undi mwana we bariruka kuko basanzwe bamuzi ko agira umujinya, wa musore w’umuturanyi rero we ntiyabimenye yahamye hamwe araza amukubita umuhini mu mutwe inshuro ebyiri ava aho yanegekaye agera kwa muganga ahita apfa.”

    Yakomeje avuga ko uwo mugabo yahise atoroka muri iryo joro aza gufatwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, nyuma ngo banagiye mu nzu bahasanga ibikoresho yajyaga atekesha kanyanga mu gihe iyo yari yatetse yayirukankanye mu kagerekani.

    Gitifu Hakizamungu yasabye abaturage kwirinda utubari two mu ntoki no mu mashyamba ngo kuko aritwo dutuma bateza umutekano muke yanavuyemo urupfu rw’uyu musore.

    Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku Bitaro bya Kirehe kugira ngo ukorerwe isuzuma.

    Umugabo w’imyaka 46 ukurikiranyweho kwica umuturanyi we yafashwe, ashyikirizwa Sitasiyo ya RIB ya Nyarubuye.


  • Kigali: Barindwi bakekwaho gukoresha amayeri bagacucura abacuruzi bafashwe – #rwanda #RwOT

    Abafashwe bavuze ko bakoreshaga uburiganya babanje gushaka byimbitse amakuru y’umucuruzi runaka bagamije kumucucura ariko bakibanda ku bacuruzi bakomeye.

    Basobanuye ko kandi nk’uko bakorera mu itsinda, buri wese yari afite ibyo ashinzwe bitandukanye n’iby’undi.

    Mu gucura umugambi w’uburiganya begeraga umucuruzi nk’abagiye kumurangurira bakamusaba nimero ye ya konti bakayishyuriraho amafaranga make bagamije kubona bordereau kugira ngo bashuke umucuruzi bakoresheje uburiganya.

    Iyo bamaraga kwishyuraho amafaranga make bahitaga bongera gusubiramo ya bordereau bibashishije ikoranabuhanga hanyuma bakoherereza wa mucuruzi fotokopi z’izo bakoreye uburiganya we agatekereza ko bamaze kumwishyura agahita aboherereza ibicuruzwa.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko abafashwe bose bakoze insubiracyaha kuko hari ibindi byaha nka biriya bari barakoze.

    Yavuze ko iyo umucuruzi yifuzaga kwishyurwa hakoreshejwe telefoni (Mobile Money) bamwohererezaga ubutumwa bwa MoMo bw’ubuhimbano. Kandi ngo iyo atagize amakenga, yabwiraga abakozi ku iduka bagapakirira abo bantu kandi bigakorwa vuba kugira ngo badafatirwa mu cyuho.

    Dr Murangira yasabye abacuruzi kugira ubushishozi mbere yo kurekura ibicuruzwa byabo, bakanagenzura niba koko bishyuwe.

    Ati “Turasaba abacuruzi gushishoza mbere y’uko barekura ibicuruzwa bya bo bakabanza gushishoza bakareba niba koko amafaranga yageze kuri konti zabo, ntibashingire ku butumwa babonye kuri WhatsApp cyangwa ubusanzwe kuko ishobora kuba ari impimbano.”

    Dr Murangira yasabye abacuruzi kwirinda kugura ibintu bafiteho amakenga, anasaba buri wese kugira ubufatanye mu kurwanya ibyaha binyuze mu gutanga amakuru.

    Ibyaha bakurikiranyweho birimo ubujura bukoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho, gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo, guhabwa ku bw’uburiganya cyangwa gukora no gukoresha inyandiko n’impapuro bitangwa n’inzego zabigenewe; iyezandonke; guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

    Abafashwe bakurikiranyweho kwiba abacuruzi bakoresheje uburiganya

    Izi ni inzoga bari bibye umucuruzi w’i Remera