Tag: featured

  • IGP Munyuza yasoje uruzinduko rushimangira ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Malawi – #rwanda #RwOT

    Ibiganiro byabereye mu Murwa Mukuru wa Malawi, Lilongwe, byari mu murongo wo gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati y’inzego zombi muri Werurwe 2019.

    Ni amasezerano akubiyemo ibijyanye no guhanahana amahugurwa, guhuza ibikorwa, gukurikirana no guhanahana abanyabyaha, kurwanya iterabwoba, kurwanya ibiyobyabwenge, kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, guhanahana amakuru ku banyabyaha bahungiye muri ibyo bihugu byombi ndetse n’ubufatanye mu bindi bintu bitandukanye bijyanye n’umutekano.

    Ibi biganiro byabereye i Lilongwe bikurikiranye n’ibindi biherutse kubera i Kigali muri Kamena, ubwo Umuyobozi wa Polisi ya Malawi yari mu ruzinduko mu Rwanda hagati ya tariki ya 30 Gicurasi kugeza tariki ya 4 Kamena.

    Mu biganiro bya tariki ya 26 Nyakanga 2021, IGP Munyuza yagaragaje ko uku guhura gushimangira umuhate n’imibanire mu gukomeza ubufatanye mu mutekano hagati ya Polisi ya Malawi na Polisi y’u Rwanda. Yanashimye umusaruro ugenda uva mu biganiro bihuza aba bayobozi bombi kuko bigenda bitanga umusaruro.

    Ati” Ukurikije ibibazo by’umutekano uko bihagaze ku Isi no mu Karere, duha agaciro ingufu Leta ya Malawi ikoresha hagati yayo n’u Rwanda cyangwa n’ibindi bihugu mu gushaka amahoro arambye ku bibazo by’umutekano mu Karere n’ahandi.”

    IGP Munyuza yakomeje agaragaza ko igihe ari iki cyo guhura kuko kimwe n’ahandi ku Isi, mu gace k’Uburasirazuba bwa Afurika no mu Majyepfo hakomeje kwiyongera imitwe y’iterabwoba iteza umutekano muke mu Karere.

    Ati “Twishimiye ko uyu munsi twongeye gushimangira tukanongera kwiyemeza gukorera hamwe cyane cyane mu mashuri yacu atanga amahugurwa. Ntagushidikanya ibi bihe Isi yabaye nk ’umudugudu ubufatanye ni ingenzi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka harimo n’ibi by’iterabwoba n’ibikorerwa ku ikoranabuhanga bikomeje kwibasira umugabane wacu. “

    Muri uru ruzinduko, Polisi y’u Rwanda yemereye Polisi ya Malawi kuzohereza ba ofisiye bakuru kwiga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.

    IGP Kainja yavuze ko ubwo aheruka gusura Polisi y’u Rwanda hari amasomo yahigiye ndetse ko igihe kigeze kugira ngo ibyo yahigiye bitangire gushyirwa mu bikorwa ariko cyane cyane mu rwego rwo guteza imbere serivisi za Polisi ya Malawi.

    IGP Kainja yashimangiye ko amasezerano y’ubufatanye atanga icyerekezo mu gushyira mu bikorwa ibyo basezeranye.

    Ati “Mu nama iheruka mu Rwanda twiyemeje gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi zacu zombi. Uru ruzinduko rwanyu ruri mu rwego rwo gushimangira ubwo bushake, bizanatanga uburyo bwo gushyira mu bikorwa ibyo twiyemeje. Inama no kubaka ubushobozi ubwabyo ntabwo bizatsinda ibibazo by’umutekano biriho muri iki gihe nihatabaho gukomeza guhanahana amakuru. Tugomba gukoresha uburyo dufite kugira ngo turebe ko duhanahanye amakuru ku gihe. Ibi kandi ni ingenzi mu kurwanya imitwe ya Islam y’iterabwoba irimo guhungabanya abaturanyi bacu ba Mozambique.”

    Tariki ya 27 Nyakanga IGP Munyuza yasuye Intara y’Amajyepfo ashyira Iburengerazuba anasura Intara y’Amajyepfo ashyira Iburasirazuba. Muri izi Ntara yirebeye urugendo rukorwa na Polisi ya Malawi mu bijyanye n’uruhare rw’abaturage mu kwicungira umutekano, agaragarizwa ko uruhare rw’abaturage mu kwicungira umutekano bigabanya ibyaha.

    Tariki ya 28 Nyakanga, IGP Munyuza yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Malawi riri mu Karere ka Zomba mu gice cy’Amajyepfo y’iki gihugu.

    Ni ishuri rihugurirwamo abapolisi bitegura kuba ba ofisiye bato (Officer Cadets), iri shuri kandi ritanga amahugurwa y’amezi atatu, amahugurwa ahabwa ba ofisiye batabashije gukurikira amasomo y’abapolisi bitegura kuba ba ofisiye bato (Officer Cadets), muri ayo mezi atatu bahugurwa ibijyanye n’imiyoborere n’imicungire y’abakozi.

    Mu biganiro byahuje IGP Dan Munyuza n’abayobozi b’iri shuri bagaragaje ubushake bafite mu gukorana n’amashuri ya Polisi y’u Rwanda mu bijyanye no guhanahana porogaramu y’amasomo atangirwa mu mashuri ya Polisi y’u Rwanda, guhererekanya abahugura n’abahugurwa.

    Muri uru ruzinduko rw’akazi, IGP Dan Munyuza yanasuye sitasiyo ya Polisi ya Limbe anasura sitasiyo ya Polisi y’ahitwa Mulanje.

    IGP Dan Munyuza na mugenzi we wa Malawi bashyikirizanya impano

  • Mineduc yatangaje itariki y’isubukurwa ry’amasomo muri Kaminuza no mu mashuri abanza – #rwanda #RwOT

    Bitangajwe nyuma y’aho Umujyi wa Kigali n’uturere umunani byari bimaze iminsi 15 muri Guma mu Rugo, ariko ku wa 30 Nyakanga 2021 Guverinoma y’u Rwanda igatangaza ko ikuweho guhera ku wa 1 Kanama 2021.

    Itangazo Minisiteri y’Ubuzima yashyize ahagaragara rivuga ko “Abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza bazatangira igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2020-2021, tariki ya 02 Kanama
    2021 nk’uko byari biteganyijwe ku ngengabihe y’amashuri.”

    Iyi Minisiteri yavuze ko ayo matariki areba abanyeshuri biga mu mashuri abarizwa mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twari twarashyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Ku mashuri Makuru na Kaminuza, abanyeshuri bazakomeza
    kwiga uko bisanzwe. Icyakora ayo mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na
    Rutsiro azasubukura amasomo tariki ya 09 Kanama 2021.

    Iyi minisiteri yakanguriye amashuri kubahiriza ingamba zose zigamije ikumirwa ry’ubwandu bwa Covid-19 kandi agashyiraho gahunda yo gufasha abanyeshuri bacikanywe (Catch up program) aho biri ngombwa.

    Tariki ya 09 Kanama 2021 nibwo Kaminuza zo mu Mujyi wa Kigali no mu turere twari twarashyizwe muri Guma mu Rugo zizasubukura ibikorwa

  • Amarembera ya FDLR yateguje kwizihiza umunsi w’umuganura – #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe, umunsi w’umuganura ni umunsi w’ibyishimo, kuko ari umunsi abantu batangira kuganura ku musaruro baba bavanye mu murima, bagasangira, bakishima ku buryo mu ihinga ritaha, bazongera guhurira mu murima n’imbaduko bafite akanyamuneza.

    Lt Gen Byiringiro Victor wasinye kuri iri tangazo, ni umwe mu bayobozi bacye cyane bamaze imyaka myinshi mu buyobozi bwa FDLR, gusa yatangiye kuba umukuru w’uyu mutwe mu 2019, asimbuye Mudacumura Sylvestre wiciwe mu bitero simusiga yagabweho n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Mudacumura yagiye ku butegetsi bw’uyu mutwe w’iterabwoba mu 2003, asimbuye Gen Paul Rwarakabije wari umaze kuva mu bikorwa by’uwo mutwe akemera gutaha.

    Muri ibyo bihe, FDLR yari igifite amaboko ya bamwe mu basize bakoze Jenoside, bafite intwaro ndetse bakinanyuzamo bakagaba udutero shuma ku Rwanda ariko tugafata ubusa.

    Uyu mutwe w’iterabwoba watangiye witwa ALIR, uza guhindura izina witwa FDLR nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.

    Muri ibyo bihe, uyu mutwe wari ufite abarwanyi barenga ibihumbi 25, gusa mu 2008 wari usigaranye abarwanyi ibihumbi bitandatu gusa, bitewe na gahunda ya Leta yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi muri uwo mutwe. Iyi gahunda yatumye abarwanyi ibihumbi 20 bose bitandukanya na FDLR, bikavugwa ko uyu mutwe kuri ubu usigaranye abarwanyi batarenze igihumbi.

    FDLR yiganye igisiga kimennye inda

    Kuva mu 2016, iyo twari tuzi nka FDLR yarahindutse. Ni nyuma y’uko abagize uyu mutwe wavutse mu macukubiri, bayakomeje no mu mashyamba aho igice kimwe kitumvikanye n’ikindi, bigatuma ucikamo ibice.

    Byatangiy ugaba igitero kikagwamo abarwanyi batanu, maze bagera mu birindiro byabo, amakimbirane agatangira kuvuka.

    Umuyobozi w’Ikirenga wa FDLR, Lt Gen Byiringiro, ni we washoje iyi ntambara, ubwo yashinjaga Col Irategeka Wilson wari icyegera cye, kugira uruhare mu rupfu rw’abasore be. Muri iyi ntambara, Mudacumura yari ku ruhande rwa Byiringiro.

    Ibi byarakaje Irategeka cyane, maze ku bufatanye n’abarimo Paul Rusesabagina, biyemeza kwiyomora kuri FDLR, bajya gushinga itsinda ryabo ryaje kuvamo impuzamashyirahamwe ya MRCD, yanashinze umutwe w’iterabwoba uyishamikiye uzwi nka FLN.

    Amakuru avuga uretse abarwanyi baguye ku rugamba, indi ntandaro yo gucikamo ibice kwa FDLR gufitanye isano n’irondakarere, aho igice cya Irategeka na Rusesabagina cyagiye ku ruhande rwacyo ruvuga ko rukomoka mu Majyepfo y’u Rwanda, mu gihe ikindi gice cyasigayemo abavuga bakomoka mu Majyaruguru y’u Rwanda, ari cyo cyasigaye nka FDLR.

    Igice cyajyanye na Irategeka nicyo cyanagabye ibitero ku Rwanda binyuze mu Ishyamba rya Nyungwe, uretse ko abenshi mu barwanyi b’umutwe wa FLN bahasize agatwe abandi bakaba bari imbere y’ubutabera.

    Umuganura w’ubutindi

    Nubwo FDLR ‘ishishikariza Abanyarwanda kwitegura umuganura’, haribazwa uburyo umutwe w’iterabwoba ugeze mu marembera uri gushishikariza abantu kwitegura umuganura.

    Ibibazo kuri FDLR byakajije umurego ubwo ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, zotsaga ikibatsi cy’umuriro kuri iyi mitwe, cyasembuwe n’itorwa rya Perezida Félix Tshisekedi wavuze ko kurandura imitwe y’iterabwoba ari intego ya mbere mu zimuzanye mu nshingano.

    Ibi bitero byasenye mu buryo bugaragara umutwe wa FDLR binyuze mu kuwambura ibice wagenzuraga bikorerwamo ubucuruzi bw’amakara, amabuye y’agaciro n’ibindi, ari nayo mpamvu inyungu y’uyu mutwe yavuye kuri miliyoni zirenga 71$ mu 2014, ubu akaba ageze kuri hafi ya ntayo kuko uyu mutwe wamaze kwambura ibice hafi ya byose wagenzuraga.

    Ibi bitero kandi nibyo byaguyemo Mudacumura Sylvestre wari umuyobozi wa FDLR kuva mu 2003, nyuma kandi y’uko abari abayobozi ba FDLR barimo Umuvugizi wayo Ignace Nkaka uzwi nka LaForge Fils Bazeye na Nsekanabo Jean Pierre Alias Abega wari ushinzwe ubutasi, batawe muri yombi bavuye muri Uganda, gutegura ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nk’uko babyiyemerera.

    Amakuru ava muri Congo avuga ko Mudacumura yishwe hamwe n’abo bari kumwe barimo Col Soso Sixbert, Col Serge na Major Gaspard wari ushinzwe kumurinda. Abandi 15 bari kumwe nawe ngo bafashwe.

    Usibye aba kandi, mu 2016 Ladislas Ntaganzwa wari mu bayobozi b’uyu mutwe yoherejwe mu Rwanda kugira ngo akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside akekwaho, ubu ari kuburanira i Nyanza aho ibyaha ashinjwa yabikoreye.

    Indunduro iri bugufi

    Mu kiganiro Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, aherutse kugirana n’urubyiruko rw’Abanyarwanda rutuye mu mahanga, yavuze ko FDLR iri mu minsi yayo ya nyuma.

    Ati “Bari mu minsi ya nyuma kubera ko abasirikare babo bari muri Kivu y’Amajyepfo baratsinzwe, abarokotse barabadushyikirije bari hano mu kigo cya Mutobo.”

    “Abacitse bakajya mu Burundi batsinzwe n’Ingabo z’u Rwanda muri Nyungwe basubira mu Burundi, Ingabo z’u Burundi ubwazo na zo zatangiye kubahiga kugeza n’uyu munsi. Bari mu minsi yabo ya nyuma yo kubaho.”

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryatangaje ko kugeza muri Mata 2016, abantu basaga miliyoni n’ibihumbi 500 bari bamaze kuvanwa mu byabo n’imirwano ishyamiranya ingabo za Congo na FDLR, kimwe n’indi mitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

    Umutwe w’iterabwoba wa FDLR wasekeje abantu ubwo wasabaga abantu kwitegura umuganuro nyamara uri mu marembera

  • Ibihato mu ishyirwaho ry’umushahara fatizo mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Amaso yaheze mu kirere by’umwihariko ku bakora imirimo itanditse cyangwa se iciriritse, bafata umushahara fatizo nk’umucunguzi w’igihe kinini bamaze bahembwa intica ntikize.

    Umushahara fatizo u Rwanda rwagize umaze imyaka isaga 40 ugiyeho, wateganyaga ko umukozi wese ukorera abandi mu gihugu, atagomba guhembwa munsi ya 100 Frw ku munsi. Ibihe byarahindutse ubu n’umugati kuwubona kuri ayo ni hamana.

    Hari urubanza rwaburanishijwe mu Rukiko rw’Ikirenga mu 2016, aho ikigo cy’ubwishingizi kimwe cyaburanaga n’indi sosiyete ku bijyanye n’indishyi, biba ngombwa ko rufata umwanzuro w’uko icyo kibazo gikemurwa, haherewe ku mushahara fatizo wa 3 000 Frw.

    Nibura ibihumbi 100 Frw ku kwezi

    Ni ibisanzwe, mu gihe nta tegeko rihari, umucamanza arabyemerewe mu bushishozi bwe, kugena uko bigenda kandi bikazanifashishwa mu zindi manza nk’urwo mu gihe itegeko ritaraboneka.

    Bivuze ko habayeho gushingira kuri uwo mushahara fatizo urukiko rwanzuye ubwo Guverinoma izaba ishyiraho umushahara fatizo, nta muntu ukorera undi mu Rwanda wahembwa munsi ya 90 000 Frw.

    Ayo na yo ntahagije, nk’uko bivugwa na Gasore Séraphin, Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Impuzamasendika Iharanira uburenganzira bw’abakozi, Cotraf-Rwanda, akaba n’Umuhuzabikorwa wa Synergie-Zamuka.

    Gasore yabwiye IGIHE ko hari ubushakashatsi bakoze mu 2014, bagasanga nibura muri Kigali, kugira ngo umuntu ahabe, amafaranga amake ashoboka akwiriye guhabwa mu kazi ari 126 000 Frw n’ibihumbi 80 Frw hanze ya Kigali. Nyuma y’imyaka irindwi, birumvikana ko byahindutse.

    Yavuze ko haramutse hashyizweho umushahara fatizo, byazamura imibereho y’abakozi bahora bataka kubaho nabi.

    Ati “Imirimo yose ntabwo yagombye kugira umushahara fatizo umwe kuko imvune ntabwo ari zimwe. Umuntu wirirwa acukura amabuye ntabwo wamubwira ngo bitatu ni yo fatizo ariko hari aho usanga n’ubu bahembwa atageze no kuri ayo yagenwe. Nk’umusekirite ntarenza 50 000 Frw ku kwezi kuko abamukoresha batekereza ko yirirwa ahagaze ariko umushahara ugomba no gushingira ku guhenda k’ubuzima.”

    Ishyirwaho ry’umushahara fatizo ni inyungu cyane ku bakora mu nzego z’irimo yanditse n’itanditse

    Mu gihe umushahara fatizo waba udashyizweho, ngo ni ikibazo gikomeye ku bukungu bw’igihugu by’umwihariko ku mibereho y’abakozi n’imiryango yabo.

    Ati “Niba muri Kigali udashobora gukodesha inzu iri munsi y’ibihumbi 25 by’amafaranga y’u Rwanda, udashobora kurya munsi y’ibihumbi bibiri, ugakenera utwangombwa twa buri munsi, usanga mu by’ukuri umushahara udakwiriye kujya munsi y’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda.”

    Ishoramari ryahababarira

    Impuguke akaba n’umusesenguzi mu bukungu, Teddy Kaberuka yabwiye IGIHE ko gushyiraho umushahara fatizo bisaba kwigengesera, kuko ushobora gusanga ubukungu bwose busubiye inyuma.

    U Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika nk’ahantu byoroshye gukorera ubucuruzi, nk’uko Raporo ya Banki y’Isi izwi nka Doing Business Report 2020 ibigaragaza.

    Nyuma y’umutekano, ibiciro by’abakozi na byo ni ingenzi ngo umushoramari runaka yemere kujya gushinga uruganda rwe mu gihugu runaka.

    Kaberuka yavuze ko mu gihe u Rwanda rwaba rushyizeho umushahara fatizo, bivuze ko waba ujyanye n’uko ubuzima buhagaze mu gihugu. Nuramuka ubaye mwinshi, bizatera ubwoba abashoramari bagabanuke.

    Ati “Leta zo muri Afurika kuko ziri gushaka gukurura abashoramari benshi, baravuga bati nidushyiraho igiciro fatizo, umushoramari uzaza bizamusaba guhemba ayo mafaranga, bizatuma igiciro cy’abakozi kizamuka bitume n’ibiciro bihenda ku isoko.”

    Yakomeje agira ati “Ni icyemezo cyo kwitondera. Keretse nk’ubu turi muri EAC cyangwa mu isoko rusange rya Afurika, ibihugu bifashe politiki imwe ijyanye n’umurimo, bikagira ikiguzi cy’ibikorerwa mu nganda (production cost) kijya kungana. Kubikora igihugu muturanye kitabikoze, bizatuma niba uruganda rwashakaga kuza mu gihugu cyawe, rujya ahandi horoheje.”

    Ni byo byateje imbere u Bushinwa mu myaka mike ishize, ubwo inganda nyinshi zajyaga gukorerayo kuko abakozi baho babaga bahendutse ugereranyije n’i Burayi. Byatumye n’ibicuruzwa bivayo ku isoko mpuzamahanga bihenduka.

    Kaberuka yavuze ko mu gihe ibiciro mu nganda byiyongereye kubera imishahara, bivuze ko n’ibiciro byavuye muri izo nganda uretse kuba bizahenda ku isoko ry’imbere no hanze y’igihugu bizahenda cyane, ntibigurwe.

    Ati “Ibijyanye n’imishara y’abakozi biri mu bikurura abashoramari cyangwa bikabaca intege. Ibihugu biri kujyamo inganda muri iki gihe ni ibifite imishahara y’abakozi itaremereye.”

    Mu zindi ngaruka zo kuba hashyirwaho umushahara fatizo ubereye abakozi, ni uko bigabanya ihangwa ry’ubucuruzi buciriritse kuko akenshi ba nyirabwo baba bataragira ubushobozi bwo guhemba amafaranga menshi, nyamara ari bumwe mu buzamura ubukungu bw’igihugu.

    Kaberuka ati “Niba ufite na butiki muri karitsiye, uwo ukoresha agomba guhembwa hakurikijwe wa mushahara fatizo. N’umukozi wo mu rugo biramureba, ntagomba kujya munsi.”

    Impuguke mu bukungu zigaragaza ko gushyiraho umushahara fatizo ari ibyo kwitondera cyane

    Gasore we avuga ko ahubwo kongera imishahara ari bimwe mu bizateza imbere ubukungu, kuko abaturage bazazamura ubushobozi bwabo bwo guhaha.

    Ati “Ufite ubushobozi bwo guhaha ashoboza inganda gukora byinshi kurushaho. Iyo inganda zikeneye gukora byinshi, zishaka n’abakozi benshi bo kubikora.”

    “Iyo umukozi akennye akaba uwo kugura ibyo kurya gusa, ntacyo azamarira inganda n’izindi serivisi, azateza imbere abahinga gusa kuko akeneye ibyo kurya.”

    Ku kijyanye n’uko ubucuruzi buciriritse bushobora kuhazaharira kubera izamurwa ry’imishahara, Gasore we yavuze ko ahubwo iziyongera kuko abantu benshi bazaba bafite ubushobozi, bagasagura ayo gukora ibindi.

    Ati “Iyo wa mukozi utuma igihugu gitangarirwa adashobora kwigurira n’igare ngo agende muri ya mihanda myiza yubaka, ntabwo ari ikintu cyiza. Ntabwo yaba uwo gufasha igihugu n’abanyamafaranga kumera neza, ngo we n’umuryango we babeho nabi.”

    Nubwo Kaberuka na we yemeza ko imibereho myiza y’abakozi ari ingenzi, yavuze ko bidakuraho impungenge Leta ikwiriye kugira ku kuba ibiciro bishobora kuzamuka kubera gushyiraho umushahara fatizo, ubukungu bukaba bubi aho kumera neza.

    Umwaka ushize Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro ikirego cy’Ishyirahamwe ry’amasosiyeti y’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda (ASSAR), ryari ryasabye ko Leta y’u Rwanda itegekwa gukuraho imbogamizi zituma hatajyaho umushahara fatizo.

    ASSAR yavugaga ko inzitizi zose zituma umushahara fatizo ujyaho zivaho kuko ari ikibazo kibangamiye inyungu rusange z’abaturarwanda.

    Ubusanzwe umushahara fatizo ujyaho ngo ufashe abaturage kwivana mu bukene no gutera imbere. Ubushakashatsi bwa Gatanu ku mibereho y’ingo (EICV5) bwagaragaje ko nibura Umunyarwanda ubarwa nk’umukene ari utabasha kwinjiza 159,375 Frw ku mwaka.

    Ni mu gihe mu 2018, Igenzura ku murimo ryakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (Labour Force Survey), ryagaragaje ko nibura umukozi w’Umunyarwanda uhembwa ku kwezi, yinjiza nibura 56,982 Frw ku mpuzandengo.

    Mu rukiko rw’Ikirenga umwaka ushize, uruhande rwari ruhagarariye Guverinoma rwagaragaje ko bitafatwa nk’igikuba cyacitse kuba umushahara fatizo utarajyaho, kuko bigaragara ko abakorera umushahara mu Rwanda, amafaranga bahembwa ku kwezi atatuma bajya mu bukene.

    Teddy Kaberuka yavuze ko nubwo umushahara fatizo ari ingenzi ku mibereho myiza y’abakozi, ari ngombwa kwita ku iterambere ry’ubukungu bw’igihugu muri rusange

    Gasore Séraphin yavuze ko ubukungu budashobora gusubizwa inyuma no gushyiraho umushahara fatizo

  • Busingye yagaragaje urubanza rwa Rusesabagina nka rumwe mu zinyuze mu mucyo zabayeho – #rwanda #RwOT

    Ibi Minisitiri Busingye yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na CNN kibanze ku birego bishinjwa u Rwanda birimo ikoreshwa rya ‘Pegasus’ n’itabwa muri yombi rya Rusesabagina ryiswe ko rinyuranyije n’amategeko.

    Umunyamakuru Eleni Giokos yabajije Busingye impamvu Leta y’u Rwanda itakoresheje ‘uburyo bwemewe bwo gufata umunyacyaha’, mu kumusubiza yamubwiye ko n’ubwo rwakoresheje bwemewe kandi ko atumva impamvu umuntu ashobora guhitiramo igihugu inzira rwari gukoresha.

    Yagize ati “Itabwa muri yombi rya Rusesabagina nta tegeko na rimwe mpuzamahanga ryishe, ari hano mu buryo bwemewe n’amategeko ari kuburanishwa mu buryo bwemewe n’amategeko.”

    “Kujijisha umunyacyaha uri gushaka si icyaha, sinumva impamvu uvuga uti ’kubera iki mutakoze ibi aho gukora biriya.’ Ibyo twakoze biremewe kandi ntibinyuranyije n’itegeko mpuzamahanga na rimwe.”

    Uyu munyamakuru yakomeje abaza Busingye niba ibyo Umuryango Human Rights Watch uvuga ko ifatwa rya Rusesabagina ridatanga n’icyizere ku kuri kw’ibyo arengwa no guhabwa ubutabera ari byo.

    Busingye yamubwiye ko Rusesabagina aregwa ibyaha by’iterabwoba kandi ko mu rubanza rwe hagaragajwe ibimenyetso byose bimushinja.

    Ati “Ibyaha Rusesabagina yarezwe mu rukiko birumvikana kandi birasobanutse neza bijyanye n’ibitero by’iterabwoba byagabwe mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda, aho abantu icyenda barimo abana babiri bishwe, barindwi bakicwa barashwe, abandi babiri bagatwikwa. Ibimenyetso byagaragajwe mu rukiko biratomoye ibisigaye tubirekere urukiko.”

    Abajijwe icyizere aha abantu ko urubanza rwa Rusesabagina ruri kuba binyuze mu mucyo, Busingye yavuze ko nk’umuntu ku giti cye yakurikiranye urubanza kandi yemeza ko ruri mu zubahirije amategeko yose ashoboka.

    Ati “Mu mboni zanjye, nakurikiranye uko ibintu biri kugenda, ni urubanza runyuze mu mucyo mu zo ushobora kubona mu bijyanye n’amahame y’ubutabera mpuzamahanga agenga iburanishwa rinyuze mu mucyo.”

    Umukobwa wa Rusesabagina ntiyumvirizwa

    Minisitiri Busingye yanabajijwe ku ikoreshwa rya porogaramu yifashishwa mu kumviriza no kwinjira mu matelefone y’abantu izwi nka Pegasus.

    U Rwanda rumaze iminsi rushyirwa mu majwi ko rwaba rukoreshwa iri koranabuhanga nubwo rwo rudahwema kubihakana ndetse rugasaba ko ubifitiye ibimenyetso simusiga yabigaragaza. Ibi birego bivuga ko u Rwanda rwaba rwarakoresheje iri koranabuhanga mu kumviriza umukobwa wa Rusesabagina witwa Carine Kanimba.

    Busingye yashimangiye ko u Rwanda ruitegeze rukoresha iryo koranabuhanga. Ati “U Rwanda ntirwigeze rugura cyangwa ngo rukoreshe iryo koranabuhanga kandi ibyo ni byo bikubiye mu itangazo twashyize hanze mu minsi ishize.”

    “Oya ntabwo twigeze tubikora, ntitubikora kandi simbona impamvu n’imwe dushobora gukora ibyo. Icya mbere nzi ko nimero ya Carine itari muri nimero zisaga ibihumbi 50 zagaragajwe n’izishobora kumvirizwa.”

    Rusesabagina yatawe muri yombi muri Kanama 2020. Yagejejwe imbere y’ubutabera bwa mbere ku wa 14 Nzeri 2020 ngo yiregure ku byaha icyenda aregwa byose bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba, byagizwemo uruhare n’umutwe w’Iterabwoba wa MRCD/FLN.

    Ku wa 12 Werurwe 2021 yavuze ko nta butabera ategereje bityo atazagaruka mu rubanza rwe. Ku wa 17 Kamena 2021 ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cya burundu.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko busanga ibyaha Rusesabagina akurikiranyweho bigize impurirane y’icyaha bityo bukaba bumusabiye igihano ntarengwa cyo hejuru ari cyo igihano cyo gufungwa burundu.

    Rusesabagina Paul wabaye Umuyobozi w’Impuzamashyaka ya MRCD ufite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye, ntiyari mu rukiko ubwo yasabirwaga ibihano.

    Biteganyijwe ko urubanza rw’uyu mugabo n’abandi 20 bareganwa ruzasomwa ku wa 20 Kanama 2021.

    Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yagaragaje urubanza rwa Rusesabagina nka rumwe mu zinyuze mu mucyo zabayeho

  • Christelle Kwizera yahawe igihembo n’Umwamikazi w’u Bwongereza – #rwanda #RwOT

    Kwizera w’imyaka 26 yatangiye uyu mushinga wo kugeza amazi meza ku baturage mu 2014 ubwo yari afite imyaka 20 gusa, agenda awagura kugera ubwo utangiye guhindurira ubuzima abaturage bahoze bagorwa no kubona amazi bitewe n’ibice batuyemo.

    Nyuma yo guhabwa iki gihembo kizwi nka ‘Point of Light’, Kwizera yavuze ko ashimishijwe n’iki gikorwa, ndetse ashimangira ko muri iyi minsi Isi iri mu bihe by’icyorezo, ari ngombwa cyane ko abantu begerezwa serivisi zibafasha kunoza isuku.

    Yagize ati “Ntewe ishema cyane no guhabwa iki gihembo. Kuva mu mwaka ushize, gukomeza gukora ibikorwa byacu byaragoranye ariko [dukomeza kubikora] kuko byari ingenzi. Isi ihanganye n’ikibazo cy’isuku nke kandi mu bice by’icyaro, ibikorwa nko gukaraba intoki ndetse no guhana intera ntabwo bishoboka mu gihe abaturage badafite amazi meza.”

    Muri rusange, abagore b’Abanyafurika batakaza amasaha miliyoni 200 mu rwego rwo gushaka amazi meza, Kwizera akavuga ko ibi bibadindiza mu rindi terambere kuko amazi yakabaye ari hafi yabo, ku buryo umwanya bakoresha bayashaka bawubyaza umusaruro ufatika, ashimangira ko umuryango we ufite intumbero yo kugeza amazi ku bantu benshi bashoboka.

    Ati “Turifuza ahazaza, aho kugera ku mazi meza bizaba ari uburenganzira bwa muntu kandi bukagezwa kuri bose, [tuzabigeraho] binyuze mu kubaka ubushobozi n’ibikorwaremezo bizatuma tugeza amazi kuri bose.”

    Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair, yavuze ko igihembo Kwizera yabonye gishingiye ku ruhare yagize mu iterambere ry’u Rwanda.

    Ati “Nk’umuntu watangije Water Access Rwanda, Kwizera yagize uruhare mu kugeza amazi meza ku baturage ibihumbi 100, kandi yerekanye ubushake bwo kuzamura ubushobozi bwa bagenzi be.”

    Igihembo cya Point of Light cyahawe Kwizera cyari gitanzwe ku nshuro ya 189, kuko cyatangiye gutangwa mu 2018 nyuma y’Imana ya Commonwealth iherutse kubera mu Bwongereza.

    Ni igihembo gitangwa buri cyumweru, kigahabwa urubyiruko n’abandi bantu bo mu bihugu 54 biri muri Commonwealth, bafite imishinga n’ibindi bikorwa by’iterambere bizana impinduka mu buzima bw’abaturage.

    Christelle Kwizera yahawe igihembo n’Umwamikazi w’u Bwongereza kubera uruhare agira mu kugeza amazi meza ku bantu batayafite

  • Mineduc igiye gukurikirana abanyeshuri bagaragaje imyitwarire idasanzwe basoje ibizamini bya Leta – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho nyuma y’aho ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amafoto n’amashusho by’abanyeshuri basoje ibizamini bagaragaje imyitwarire yavugishije benshi irimo guca amakaye no kuyatwika, guca impuzankano z’ishuri byari biherekejwe n’imbyino zerekana ko bishimiye iyo ntambwe bateye.

    Ni ibikorwa bitakiriwe mu buryo bumwe kugeza aho bamwe basabye Minisiteri y’Uburezi kugira icyo ibikoraho, ariko abandi bavugaga ko nta gikuba cyacitse.

    Dr Uwamariya yavuze ko bagiye gukurikirana abanyeshuri bagaragagaje iyo myitwarire yahesheje ishusho mbi uburezi bw’u Rwanda bagahanwa kuko nubwo basoje amashuri yisumbuye bakiri mu maboko y’abafite uburezi mu nshingano.

    Ati “Ubundi umunyeshuri wese ugaragaweho amakosa, haba hari amategeko ngengamikorere agena ibihano. Aba rero baritwaza y’uko barangije bakumva ko bakora ibyo bishakiye ariko bakirengagiza ko hari ibyangombwa batari bahabwa ku buryo n’ubundi bagikeneye kwegera ishuri.”

    Yakomeje agira ati “Icyo rero duteganya mu burezi ni uko tuzakurikirana abo bana tukamenya abo ari bo hanyuma tukagena n’ibihano bazahabwa.”

    Yavuze ko atari ubwa mbere bigaragaye kuko no mu 2019 byabayeho ndetse abagaragaweho n’iyo myitwarire barahamagawe bahabwa ibihano.

    Ati “Umwaka ushize nabwo byabayeho ku banyeshuri biga muri TVET iherereye muri IPRC Kigali no mu Gatenga. Icyo gihe habayeho guhamagara ababyeyi baragawa (abo banyeshuri) ndetse tugena n’ibihano birimo n’amande kandi umuntu utabiyatanze akaba atagomba guhabwa certificat ye nubwo bumva ko baba bararangije kwiga.”

    Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko uretse abagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ariko bari kubona raporo y’uko ibi bikorwa byakozwe mu bice binyuranye by’igihugu bityo ku bufatanye n’izindi nzego bari kubikurikirana.

    Ati “Buriya bariya ni uko ari abagaragaye kuko byagenze ku mbuga nkoranyambaga ariko raporo turi kubona ni uko byagaragaye henshi ndetse na hano mu Mujyi wa Kigali twarabibonye no mu gihe twari turi gufasha abanyeshuri kujya gukora ibizamini hari abari bafite imyitwarire itari yo. Icyo dukora ni ugukusanya amakuru tukavugana n’ubuyobozi bw’ibigo abo bana bigaho ku buryo bazagenerwa ibihano kubera ko batarava mu maboko y’uburezi. Ni byo barangije amashuri yisumbuye ariko ntabwo kwiga birangirira hariya”.

    Yavuze ko nk’inzego z’uburezi bababajwe n’iyo myitwarire idahwitse yaranze abanyeshuri nyuma yo gusoza ibizamini bya Leta, asaba ababyeyi gukomeza ubufatanye hirindwa ko imyitwarire itari myiza yakomeza kuba akarande mu banyeshuri.

    Minisitiri Dr Uwamariya yashimangiye ko ibyo abanyeshuri bakoze bitanga isura mbi ku burezi kuko hibazwa icyo abantu barangije bitwara batyo bazakora.

    Yavuze ko iyo myitwarire idakwiye guhuzwa n’ireme ry’uburezi kuko atari abanyeshuri bose bitwaye batyo; yemeza ko icy’ingenzi ari uguha isomo ababikoze bagahanwa kandi ko ibyo bidakwiye guca abantu intege.

    Ibizamini bisoza Icyiciro rusange, Amashuri yisumbuye n’ay’Ubumenyingiro cyatangiye ku wa 20 Nyakanga 2021 gisozwa ku wa 27 Nyakanga 2021 ariko abakora ibizamini ngiro (Pratique) bo baracyabirimo.

    Minisiteri y’Uburezi igiye gukurikirana abanyeshuri bagaragaje imyitwarire idasanzwe basoje ibizamini bya Leta

  • Ngororero: Abanyeshuri bakoze igisa n’imyigaragambyo batwika ibikoresho by’ishuri birimo ibitanda – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ku wa Kane, tariki ya 29 Nyakanga 2021, saa Mbili n’igice, mu Kigo cy’Amashuri cya ESECOM Rusano, giherereye mu Kagari ka Gatega, Umurenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, aho itsinda ry’abanyeshuri bagera kuri batandatu bakekwaho kuba imbarutso yo kwangiza ibikorwaremezo by’ishuri.

    Bimwe mu byo aba banyeshuri bangije harimo ibitanda, ibirahuri by’inzugi z’amashuri, banasenya uruzitiro rw’aho barara.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukunduhirwe Benjamine, yemereye IGIHE ko batangiye gukurikirana abakekwaho gutangiza ibi bikorwa, hafatwamo batanu.

    Ati “Ni byo koko hari ibyo twamenye, hari abana bagaragaje imyitwarire itari myiza, biganjemo abasoza amashuri yisumbuye. Icyakozwe ni uko abo bana bafashwe bashyikirizwa Ubushinjacyaha kugira ngo bakurikiranwe.”

    Yavuze ko abo banyeshuri bose barengeje imyaka 18 y’ubukure bityo bakaba bakurikiranwa mu mategeko ku byo bakoze mu gihe byaramuka bibahamye.

    Nubwo batanu muri bo bafashwe ariko ukekwaho gutangiza uwo muriro we ntarafatwa ariko ngo baracyashakisha ndetse n’iperereza riri gukorwa kugira ngo hamenyekane icyateye imyitwarire nk’iyo n’ababigizemo uruhare bose.

    Mukunduhirwe yavuze ko aba banyeshuri bapimwe kugira ngo bamenye niba nta biyobyabwenge baba banyoye ariko bamwe muri bo bigaragara ko banyoye inzoga. Yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge kuko byica ejo hazaza harwo.

    Ibikorwa nk’ibi byakunze kuranga abanyeshuri bari gusoza amashuri yisumbuye bari kwishimira ko basoje ibizamini bya Leta harimo n’umukobwa wagaragaye ari gutwika amakaye ye byamaze kumenyekana ko yiga mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Rusizi mu Kigo cyitwa Friends’ School of Kamembe.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yavuze ko abanyeshuri bose bari kugaragarwaho n’imyitwarire idasanzwe muri ibi bihe basoza ibizamini bya Leta bagomba gukurikiranwa kandi bagahanwa mu rwego rwo guca umuco wo kudahana.

    Kugeza ubu aba banyeshuri batanu bakurikiranyweho gutwika ibikoresho by’ishuri birimo ibitanda n’ibirahure bafashwe harimo batatu b’imyaka 21, uwa 20 n’ufite 18. Bose bacumbikiwe muri Sitasiyo ya Polisi ya Ngororero mu gihe iperereza rigikomeje.

    Abanyeshuri bakurikiranyweho gutwika no kwangiza ibikorwaremezo by’ishuri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngororero

  • Perezida Kagame yahaye imbabazi abagore 10 bari bafungiwe gukuramo inda – #rwanda #RwOT

    Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003, ryavuguruwe mu 2015 mu ngingo yaryo ya 109 riha Perezida wa Repubulika ububasha bwo gutanga imbabazi.

    Ni ingingo igira iti “Perezida wa Repubulika afite ububasha bwo gutanga imbabazi mu buryo buteganywa n’amategeko kandi amaze kubigishamo inama Urukiko rw’Ikirenga.”

    Imbabazi zatanzwe na Perezida Kagame zatangajwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 30 Nyakanga 2021.

    Iyi nama yateraniye muri Village Urugwiro kandi yemeje ifungurwa ry’agateganyo ry’abagororwa 4781 bahamwe n’ibyaha bitandukanye.

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yavuze ko Umukuru w’Igihugu yababariye abagore 10 bakuyemo inda n’abandi bantu batandukanye bari bafunzwe.

    Yagize ati “Perezida Paul Kagame yahaye imbabazi abagore 10 bahamijwe icyaha cyo gukuramo inda. Inama y’Abaminisitiri yanemeje irekurwa ry’abafungwa 4781.’’

    Nta makuru arambuye yatanze ku bagore bababariwe ndetse n’abandi bafungwa bahawe imbabazi.

    Mu mwaka ushize, muri Gicurasi, nabwo Umukuru w’Igihugu yahaye imbabazi umuntu umwe, n’imbabazi rusange ku bakobwa mirongo itanu bari barakatiwe n’inkiko kubera icyaha cyo gukuramo inda.

    President Paul Kagame has granted Pardon to all 10 women convicted for illegal abortion.

    Cabinet also approved the release on parole of 4781 convicts.

    — Busingye Johnston (@BusingyeJohns) July 30, 2021

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko Perezida Kagame yahaye imbabazi abagore 10 bahamijwe icyaha cyo gukuramo inda

  • Perezida Kagame yijeje umuryango ECCAS ubufatanye mu mikorere izamura inyungu z’abaturage – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yagarutseho ubwo yitabiraga inama yateranye ku nshuro ya 19 ihuje abakuru b’ibihugu byo muri uyu muryango, kuri uyu wa 30 Nyakanga 2021, yigaga ku bibazo byugarije aka karere muri iki gihe.

    Perezida Kagame yashimye ko umutekano uri kugenda uba mwiza nka kimwe mu by’ingenzi bifasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga ihuriwemo muri uyu muryango, akomeza avuga ko ibibazo bigihari bizakomeza gushakirwa umuti ku bufatanye na ECCAS n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR).

    Yagize ati “Umutekano usesuye udufasha gushyira mu bikorwa imishinga ihuriweho igamije kwihutisha iterambere.”

    Muri iyo mishinga, Perezida Kagame yavuze ko harimo n’uwo kugabanya cyangwa gukuraho imisoro ku bicuruzwa byo muri muri uyu muryango mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’isoko rusange rya Afurika aho u Rwanda rwatangiye gushyira mu bikorwa iyi gahunda binyuze mu kuyinjiza mu mategeko agenga ubucuruzi mu gihugu.

    Yakomeje agira ati “Tuzakomeza gukorana n’ibihugu biri muri uyu muryango duharanira ko Komisiyo ya ECCAS yabona abakozi ikeneye bose ngo ikorere mu nyungu z’abaturage bacu.”

    Muri gahunda y’Isoko rusange rya Afurika byitezwe ko ibicuruzwa byakorewe kuri uyu mugabane bizaba bifite amahirwe yo gucuruzwa ku isoko ry’abaturage basaga miliyari batuye uyu mugabane, nta mbogamizi mu bucuruzi zatumaga Afurika iba isoko ry’iyindi migabane kurusha uko ari isoko ry’ibiwukorerwamo.

    Kugeza mu mpera za 2020, ibihugu 54 muri 55 bigize Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe ni byo byari bimaze gusinya amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, mu gihe 34 ari byo bimaze kuyemeza burundu.

    Perezida Kagame yashimye uburyo umutekano ugenda ugaruka mu Karere ka Afurika yo Hagati

    Perezida Kagame yijeje umuryango ECCAS ubufatanye mu mikorere izamura inyungu z’abaturage

    Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, mu bitabiriye iyi nama

    Perezida wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso, atanga ibitekerezo muri iyi nama