Tag: featured

  • Abasirikare hafi 1000 ba RDF basoje imyitozo yo kurwanira ku butaka – #rwanda #RwOT

    Aba basirikare n’abofisiye bato basoje imyitozo mu bijyanye n’imirwanire yo ku butaka, aho bahawe ubumenyi bugezweho mu bijyanye na tekiniki zo kurwanira ku butaka, kugira ngo bagire ubushobozi bwo kuzuza inshingano zabo.

    Ibirori byo gusoza iyi myitozo byitabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura wari uhagarariye Perezida wa Repubulika, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame.

    Gen Kazura yashimye abasirikare n’abofisiye bato barangije aya mahugurwa ku bwitange baragaraje, umurava ndetse n’imyitwarire myiza yabaranze. Yashimye kandi abatoza babafashije muri aya mezi atandatu bari bamaze mu myitozo.

    Abitabiriye iyi myitozo bagize umwanya uhagije wo kuganirizwa n’abasirikare bakuru

    Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, yari yitabiriye umuhango wo gusoza iyi myitozo

    Abasirikare hafi 1000 ba RDF basoje imyitozo yo kurwanira ku butaka

    Iyi myitozo yanabereye mu mazi

    source : https://ift.tt/3cR0xjA

  • Karongi: Abagabo basabwe gutinyuka bakagaragaza ihohoterwa bakorerwa – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho n’Umukozi Ushinzwe Imiyoborere myiza muri Karongi, Munyanziza Placide, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bw’iminsi 16 bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Uyu muyobozi yavuze ko guhishira ihohoterwa bikomeza kuritiza umurindi, ati “Turasaba abaturage kudahishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko gukurikirana ibibazo bijyanye n’ihohoterwa bisaba ibimenyetso. Iyo amakuru adatanzwe, cyangwa agatangwa ibimenyetso byarasibanganye, uwahohotewe ntabona ubutabera.”

    Mukantagara Therese, umaze imyaka itatu akorera mu cyumba cy’ubujyanama ku bahohotewe mu murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi, yavuze ko n’abagabo bakwiye gushishikarizwa kudahishira ihohoterwa, ati “Abagabo batatu bonyine nibo baje kumbwira ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, barimo ufite umugore wajyaga gusambana. Iyo tuvuze gahunda nka ‘Wiceceka’, n’abagabo bagomba kumva ko ibareba.”

    Mu karere ka Karongi habarurwa abana 417 batewe inda bahohotewe, batarageza imyaka y’ubukure. Aka karere kandi gafite imiryango 400 ikurikiranwa n’ubuyobozi kuko yigeze kubamo amakimbirane arimo n’ashingiye ku ihohoterwa.

    urubyiruko rwasabwe kudahishira abarukorera ihohoterwa

    source : https://ift.tt/32z1fQN

  • Urukiko rwategetse ko abagabo bakekwaho gucuruza amahembe y’inzovu bafungwa iminsi 30 – #rwanda #RwOT

    Aba bagabo bafashwe mu bihe bitandukanye mu kwezi gushize, Urukiko rukaba rwarasanze hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha cyo guhiga, kugurisha, gukomeretsa cyangwa kwica inyamaswa iri mu bwoko bw’inyamaswa bukomye.

    Mu kwiregura Murokozi Desire uri mu baregwa ahakana icyaha aregwa, agasobanura ko Kaburaburyo Cyriaque nawe bareganwa, yamubwiye ikibazo cy’umuntu ushaka ko bakorana ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu akamuhakanira ko atabijyamo, kubera ko akazi akora katabimwemerera.

    Icyakoze yemera ko yahuriye muri hoteli na Imanishimwe Gedeo ari kumwe na Kaburaburyo, bakamusobanurira neza iby’ubwo bucuruzi bw’amahembe y’inzovu, ariko ntiyabyumva.

    Nyuma aba bagabo baje gupanga gukomeza guhurira i Kigali aho bahuriye inshuro enye, kandi ibiganiro byabo buri gihe bikaba byaribandaga ku bucuruzi bw’amahembe y’inzovu.

    Ku ruhande rwa Kaburaburyo, yahakanye ibyo aregwa, ndetse avuga ko ibyo yaba yaravugiye mu itangazamakuru bidakwiye guhabwa agaciro kuko ntacyo yemera mu byo yarezwe.

    Ibi byashimangiwe n’umwunganizi we, Me Ngendakuriyo Celestin, wavuze ko umukiliya we yaje i Kigali atazanywe no gucuruza amahembe kuko nta kintu na kimwe kibigaragaza.

    Ku ruhande rwa Bagabo Bahimuzi Nicodeme nawe uri mu baregwa, yahakanye icyaha ashinjwa kuko atigeze akora ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu yewe akaba nta huriro afitanye n’amahembe y’inzovu yafashwe.

    Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ubwirengure bw’aba bagabo burimo kwivuguruza, busaba ko bafungwa mu gihe cy’iminsi 30.

    Urukiko rwemeje ko hari impamvu zikomeye kandi zihagije zagezweho mu iperereza ryakozwe zituma aba bagabo bose bakekwaho icyaha cyo guhiga, kugurisha, gukomeretsa cyangwa kwica inyamaswa yo mu bwoko bw’inyamaswa bukomye, bityo rutegeka ko bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira B. Thierry yari aherutse kuvuga ko aba bagabo bafashwe mu bihe bitandukanye, aho bakoresheje u Rwanda nk’inzira yo gukomeza ubucuruzi bwabo.

    Icyo gihe yaragize ati “Bafashwe mu bihe bitandukanye bakaba barafashwe bakurikiranyweho kugeza mu Rwanda ibiro bigera kuri 45 by’amahembe y’inzovu bagamije kubigurisha. Yafatiwe mu modoka y’umudipolomate yakoreshwaga n’umukozi wayo wa SINELAC, u Rwanda barukoresha nk’inzira kuko siho bayagurisha cyangwa bayakura.”

    Dr Murangira, yongeyeho ko ifatwa ry’aba bagabo ari umuburo ugaragaza ko umuntu wese ushaka gukoresha u Rwanda nk’inzira y’ubucuruzi butemewe nta mahirwe afite kuko Rwanda rutazamera kuba icyambu cy’abanyabyaha.

    Biteganyijwe ko urukiko nibahamwa n’iki cyaha bazafungwa imyaka iri hagati y’itanu n’irindwi n’ihazabu y’amafaranga ari hagati ya miliyoni 5 Frw na 7 Frw.

    Abagabo bacuruza amahembe y’inzovu bafashwe mu bihe bitandukanye mu Ukwakira

    ba bagabo bafatanywe ibiro 45 by’amahembe y’inzovu

    source : https://ift.tt/3DT9wN3

  • Ifoto y’umunsi: Kigali Convention Center yacanwe mu ibara rya Orange mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina – #rwanda #RwOT

    Guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, iyi nyubako yari yacanwe Orange ari nabwo hatangizwaga iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina ku Isi yose.

    Kuri uyu munsi hifashishwa ibara rya Orange mu kwamagana abakorera abandi ihohotera rishingiye ku gitsina, ku mbuga nkoranyambaga haragaragara amafoto yo mu bihugu bitandukanye aho abantu benshi bagiye bagaragaza ko ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikwiriye gucika.

    U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu gutangiza iyi minsi aho ku rwego rw’igihugu ubu bukangurambaga bwatangirijwe mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Gitoki mu Kagari ka Mpondwa, mbere yo gutangiza ibirori habanje urugendo rwakozwe n’amaguru mu Mujyi wa Kabarore rugamije kwamagana ihohoterwa.

    Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ribamo amoko ane ariyo ihohoterwa ribabaza umubiri, irikorewe ku gitsina nko gufatwa ku ngufu. Ribamo kandi kubuza umuntu uburenganzira ku mutungo ndetse n’irikorwa umuntu abwira undi amagambo amukomeretsa.

    Inyubako ya Kigali Convention Center yacanwe mu ibara rya Orange mu rwego rwo kwifatanya n’Isi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

    source : https://ift.tt/3cR0x34

  • Perezida Kagame yakebuye abagabo bagifite imyumvire yo kurebera ihohoterwa rikorerwa abagore – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Ugushyingo 2021, mu Nama yiga ku myitwarire ikwiriye abagabo ariko idahohotera abagore n’abakobwa.

    Iyi nama yateguwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri uyu mwaka.

    Yahuriranye n’Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya Ihohoterwa rishingiye ku gitsina by’umwihariko irikorerwa abakobwa n’abagore. Ibikorwa byo kurwanya iri hohoterwa bimara iminsi 16, bizasozwa ku wa 10 Ukuboza 2021, umunsi wizihizwaho uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

    Inama yabereye i Kinshasa ifatwa nk’amateka mashya mu gukangurira ibihugu byo muri Afurika kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore.

    Yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Perezida Kagame, Nana Akufo Addo wa Ghana, Macky Sall wa Sénégal, Denis Sassou-Nguesso wa Repubulika ya Congo, Faure Gnassingbé wa Togo na Perezida Félix Tshisekedi wa RDC.

    Barimo kandi Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abagore bari mu Nzego z’ubuyobozi muri Afurika (AWLN), Ellen-Johnson Sirleaf wabaye Perezida wa Liberia, Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat n’abandi.

    Perezida Kagame yavuze ko abagabo bakomeza kurebera ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore nyamara bazi ko ari bibi kandi bifite ingaruka ku iterambere.

    Yagize ati “Nta wahakana ko abagabo ari bo bahohotera abagore n’abakobwa. Abagabo bafite inshingano zidasanzwe zo kuvuga ariko no kugaragaza ibikorwa.’’

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko hakwiye kwimakazwa uburyo bwo kubaka ubushobozi bw’abagore binyuze mu gushyiraho amategeko n’inzego zibitaho.

    Yatanze urugero rw’u Rwanda rwashyizeho Ikigo Isange One Stop Center gifasha kwita, kuvura, kumva no gukurikiranira hafi abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Kugeza ubu mu gihugu hose hari ibigo 40 bitanga izo serivisi mu masaha 24 buri munsi.

    Perezida Kagame yavuze ko igihe kigeze ngo ibihugu bikorere hamwe bigamije kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore.

    Yakomeje ati “Uburinganire burenze kuba inshingano, ni uburenganzira budashobora gukurwaho. Tugomba kwiyemeza guhangana n’imyumvire mibi ikigaragara mu bahungu n’abagabo bamwe na bamwe bagifata guhohotera abagore n’abakobwa nk’ibisanzwe. Nidutahiriza umugozi umwe, tuzarandura iki kibazo.”

    Iyi nama yagarutse ku ngamba zikwiye gufatwa n’abagabo bari mu nzego z’ubuyobozi mu kwirinda no kurandura ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore muri Afurika mu byiciro byose.

    Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yashimangiye ko igihe kigeze ngo abagabo batange umusanzu wabo mu gushyira iherezo kuri iki kibazo.

    Ati “Nicyo gihe cyo kuzirikana ko gushyira iherezo ku ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore bidakwiye guharirwa abagore gusa, ni urugamba rwa bose.’’

    “Nishimiye kubona abakuru b’ibihugu mu bukangurambaga bwo guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori. Hakenewe kwemeza no gushyira mu bikorwa amasezerano ya AU mu kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore mu buryo bukwiye.’’

    Ellen-Johnson Sirleaf yavuze ko iyi nama bizeye ko izavamo ikintu kidasanzwe ugereranyije n’izindi zabayeho mu bihe byashize.

    Yagize ati “Turizera ko mwe bakuru b’ibihugu mwakoresha ubuyobozi bwanyu mu kuzana impinduka kandi zigashyirwa mu bikorwa. Turizera ko kuri mwe gushyira iherezo ku ihohoterwa rikorerwa abagore mubifata nk’inzira nziza iganisha ku iterambere ry’umugabane n’icyerekezo cya 2063.’’

    Ibihugu bya Afurika byashyize umukono ku masezerano atandukanye agamije kurandura ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore. Aya masezerano arimo ayerekeye Uburenganzira bwa Muntu n’ubw’Abaturage na Raporo y’Ibanze ku Masezerano y’Inyongera yerekeranye n’Uburenganzira bw’Abagore muri Afurika (Amasezerano ya Maputo) yo muri Nyakanga 2003.

    Perezida Kagame yavuze ko hakenewe gushyirwa imbaraga mu guhindura imyumvire y’abagabo n’abasore batagira icyo bakora mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore

    Perezida Félix Tshisekedi wa RDC yavuze ko hakenewe imbaraga mu guhangana n’iki kibazo cyugarije Afurika n’Isi

    Perezida Kagame aganira na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi (ibumoso) na Macky Sall wa Sénégal

    Perezida Kagame na Perezida Félix Tshisekedi wa RDC mu bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama, banayitangamo ikiganiro

    Perezida wa Sénégal, Macky Sall yashimiye Félix Tshisekedi wateguye inama igamije kurebera hamwe icyakorwa mu guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore muri Afurika

    Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yashimangiye ko guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori bidakwiye guharirwa abagore gusa

    Nyuma y’iyi nama abayobozi bakuru bafashe ifoto y’urwibutso

    source : https://ift.tt/3d4FZVb

  • Dore zimwe mu mpamvu ziri ku isonga mu gutera uburwayi bw’amaso #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ingabo z
    Ingabo z’u Rwanda zigira uruhare mu bikorwa biteza imbere abaturage harimo no kubaha serivisi z’ubuvuzi

    Ubwo bushakashatsi nk’uko buboneka ku rubuga https://www.iapb.org/fr/learn/vision-atlas/causes-of-vision-loss/ bwagaragaje ko abantu bagera kuri Miliyoni 161 ku Isi, bafite ikibazo cyo kutabona neza ibintu bibari kure, mu gihe abagera kuri Miliyoni 510 ku Isi bo bafite ikibazo cyo kudashobora kubona neza ibintu bibegereye.

    Abo bafite ibyo bibazo byo kutabona neza, ngo bashobora kubona neza bifashishije amadarubindi ajyanye n’ibibazo bafite, cyangwa se bakabagwa hagamijwe gukosora ibibazo bafite bityo bakongera kureba neza.

    Mu mpamvu ziri ku isonga mu gutuma abantu batakaza ubushobozi bwo kubona neza, harimo indwara y’Ishaza. Kuri urwo rubuga bavuga ko abantu bagera kuri Miliyoni 100 ku Isi, batakaje ubushobozi bwo kubona neza, bitewe n’Ishaza.

    Muri abo Miliyoni 100, abagera kuri Miliyoni 17 barahumye burundu ntibakibona na gato, mu gihe abandi bagera kuri Miliyoni 83 bo ngo bafite ikibazo cyo kutabona neza. Abafite ibyo bibazo ngo bashobora kongera kubona mu gihe bagiye kwibagisha iyo ndwara y’ishaza kwa muganga.

    Izabukuru cyangwa se kuba umuntu atangiye gusaza, na yo ni imwe mu mpamvu zikomeye zituma umuntu atangira gutakaza ubushobozi bwo kubona neza. Abantu bagera kuri Miliyoni 8 ku Isi, batakaje ubushobozi bwo kubona neza bitewe n’uko bageze mu zabukuru. Muri abo Miliyoni 8, abagera kuri Miliyoni 1.9, barahumye burundu.

    Indi mpamvu ikomeye mu zitera ubuhumyi cyangwa ibibazo byo kutabona neza, ni iyitwa ‘Le glaucome’, irangwa no kwangiza imitsi ishinzwe kujyana amakuru ku bwonko.

    Kubera icyo kibazo cya ‘glaucome’ abantu bagera kuri Miliyoni ku Isi, batakaje ubushobozi bwo kubona neza, muri abo, abagera kuri Miliyoni 3.6 barahumye burundu, mu gihe abagera kuri Miliyoni 4.2 bo bafite ibibazo byo kutabona neza. Gusa ku bantu bafite ikibazo cya ‘glaucome’ ngo bashobora kukivuza kikarangira kitarabatera ubuhumyi kuko ngo kirarangira.

    Indi mpamvu ikomeye yongera ibyago byo gutakaza ubushobozi bwo kubona neza, cyangwa se guhuma, ni Diyabete yo kugira isukari nyinshi. Iyo Diyabete ngo hari ubwo ibangamira imikorere y’amaso, kubera ko yangiza imitsi y’amaraso ituma amaso akora neza.

    Ku rubuga https://www.avogel.co.uk bavuga ko mu mpamvu zitera ibibazo byo kutabona neza ndetse bikaba byavamo n’ubuhumyi ku bantu b’igitsina gore, harimo ‘menopause’ (igihe umugore aba atakijya mu mihango). Iyo bamwe mu bagore bageze mu bihe bya ‘menopause’ ngo batangira kugira ibibazo byo kutabona neza, kugira amaso yumagara n’ibindi bishobora no kuba impamvu y’ubuhumyi igihe umuntu ativuje kare.


    source : https://ift.tt/3l9n8MX

  • #COVID19: Abarwayi bashya 26 babonetse mu bipimo 10,341 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe ni 1,341.

    source : https://ift.tt/3DXZlHa

  • U Rwanda rugeze ku ntera ishimishije mu gukingira Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    U Rwanda rufite intego yo gukingira Covid-19 nibura 60% by’abaturage barwo, bangana na miliyoni 7.5 bagomba kuba bakingiwe bitarenze Kamena 2022.

    Tariki 21 Nzeri 2021 u Rwanda rwakingiye burundu 10% by’abaturage mu guhashya ubwandu bwa COVID-19, rugera ku ntego y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryateganyaga ko ari cyo gipimo kizaba kigezweho ku isi.

    Muri Gicurasi 2021, Umuyobozi mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yashyizeho intego mpuzamahanga ku 10% by’abatuye ibihugu byose bazakingirwa mu mpera za Nzeri 2021, naho 40% ikaba yagezweho mu mpera z’Ukuboza 2021, na 70% hagati ya 2022.

    source : https://ift.tt/3HU63jH

  • Umunyamabanga mukuru wa LONI yasabye ko imirwano ibera muri Ethiopia ihagarara #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yasabye ko imirwano yo muri Ethiopia ihagarara, yibutsa ko “nta mwanzuro wa gisirikare” ushobora kuba warangiza intambara muri icyo gihugu cya Afurika.

    Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, uherutse no guhabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, yavuzweho kuba yagiye ku rugamba gutanga amabwiriza muri iyo ntambara imaze hafi umwaka.

    Mu ijambo yavugiye muri Colombia, Umunyamabanga wa LONI Antonio Guterres yasabye ko intambara yo muri Ethiopia ihagarara vuba na bwangu kandi nta yandi mananiza.

    Ni intambara yatangiye mu kwezi k’Ugushyingo 2020, mu Ntara ya Tigray, ikaba ishyamiranya ingabo za Leta ya Ethiopia n’iziharanira ubwigenge bw’abaturage ba Tigray ( Tigray People’s Liberation Front ‘TPLF’).

    Muri Nyakanga 2021, intambara yageze no mu tundi duce tubiri two mu Majyaruguru ya Ethiopia, kandi inyeshyamba zigakomeza kugenda zisatira Umurwa Mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa.

    Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yagize ati “Nta mwanzuro wa gisirikare ushoboka mu ntambara ya Ethiopia,” ashimangira ko inzira y’ibiganiro (diplomacy) ari yo ishoboka.

    Muri iryo tangazo yongeyeho ko impande zombi zihanganye muri iyo ntambara zagombye guhagarika intambara, zikubahiriza uburenganzira bwa muntu, zikemerera abatanga imfashanyo kuzigeza ku baturage no kurinda abasivili.

    Abantu basaga ibihumbi, ngo bamaze gutakariza ubuzima muri iyo ntambara kuva itangiye, abasaga Miliyoni ebyiri bahunga ibyabo, mu gihe abagera ku bihumbi 400 muri Tigray barimo kwicwa n’inzara.

    source : https://ift.tt/3DT6aKf

  • Perezida Kagame i Kinshasa yishimiye inama irwanya ihohoterwa ariko inubaka amahoro mu Karere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi mu nama yiga ku myitwarire y
    Perezida Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi mu nama yiga ku myitwarire y’abagabo irwanya guhohotera abagore n’abakobwa

    Ni inama yari yatumiwemo na mugenzi we wa RDC, Félix Antoine Tshisekedi ikaba yigaga ku ruhare rw’abagabo mu guteza imbere imyitwarire idahohotera abagore n’abakobwa.

    Ku manywa yo kuri uyu wa Kane tariki 25 Ugushyingo 2021 nibwo Perezida Kagame yageze i Kinshasa yakirwa na Tshisekedi mu biro bye (Palais de la Nation), hari haje n’abandi bakuru b’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba.

    Perezida Kagame yashimiye Tshisekedi kubera ubutumire yamwoherereje amusaba kwifatanya na we muri iyo nama, avuga ko ari ingirakamaro mu kurwanya ihohotera rikorerwa abagore n’abakobwa.

    Yagize ati “(Inama) irashimangira ko uruhare rw’abagabo mu guhohotera abagore n’abakobwa rwacika burundu. Afurika igomba kubigiramo uruhare”.

    Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yakomeje avuga ko ubutumire bwa mugenzi we wa Congo(RDC) buje mu gihe gikwiriye cyo kuvugurura ubushuti n’ubufatanye bw’ibihugu by’ibivandimwe (u Rwanda na RDC).

    Perezida Kagame avuga ko ibiganiro yagiranye na Tshisekedi ari ingenzi cyane mu bijyanye n’amahoro n’iterambere, bidafitiye inyungu ibihugu byombi gusa ahubwo byungukira Akarere no hanze yako muri rusange.

    I Kinshasa kandi Perezida Kagame yahahuriye na bagenzi be barimo Perezida wa Togo Fauré E Gnassingbé, Nana Akufo-Ado wa Ghana, Macky Sall wa Senegal na Denis Sassou-Nguesso wa Repubulika ya Congo(Brazaville).

    source : https://ift.tt/3nQt6UA