Tag: featured

  • Dieng yagarutse ku bagabo basambanyijwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi – #rwanda #RwOT

    Amateka agaragaza ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abagore bafashwe ku ngufu, bagaterwa inda, bakanduzwa indwara n’irindi hohoterwa ndengakamere.

    Nubwo bimeze bityo ariko hari n’abagabo basambanyijwe ku ngufu bikozwe n’abasirikare b’Interahamwe b’Abahutukazi.

    Dieng asobanura ko ubwicanyi bwakorewe Abatutsi mu minsi ijana, ari ndengakamere ku buryo ugiye gusesengura uburyo bwakozwe, usangamo ibikorwa byinshi byibasiye ikiremwamuntu.

    Yatanze urugero ku rubanza rwa Jean-Paul Akayesu wakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside. Mu rubanza rwe, hari abatangabuhamya bavugaga uburyo yagize uruhare mu gusambanya ku gahato abagore.

    Dieng ati “Umuntu wafashwe ku ngufu, ashobora kuba umugore cyangwa umugabo nk’uko byagenda ku wakoze icyo cyaha. Muri Jenoside, abagabo nabo basambanyijwe ku ngufu nubwo ibimenyetso bigaragaza ko abagore aribo bibaho cyane.”

    Uyu mugabo w’imyaka 71 mu 2001 yagizwe Umwanditsi mu rwahoze ari Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwari i Arusha. Mu 2012, nibwo yagizwe Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ishinzwe kurwanya Jenoside.

    Adama aganira na Euro News mu kiganiro cyitwa “Cry like a boy”, yavuze ko hari abagore b’Abahutu bahohoteye abagabo b’abatutsi bikagera n’aho babasambanya ku gahato.

    Ati “Ku bijyanye n’abagabo mu Rwanda, birumvikana, icyabaye ni uko abo bagabo bagaba ari Abatutsi, kandi bafatwaga ku ngufu n’abasirikare n’Interahamwe, byageraga n’aho bateshwa agaciro ku buryo habaga ubushake bwo kubatesha agaciro.”

    Dieng yavuze ko abantu bakwiriye kugira amasomo basigirwa na Jenoside yakorewe Abatutsi cyane ko inkiko zafashe iki cyaha cyo gufata ku ngufu nk’icy’intambara.

    Ubuhamya bwa Dieng bushimangira ubwagiye butangwa mu bihe bitandukanye n’abarokotse Jenoside.

    Muri Mata 2019, ubwo mu Murenge wa Nyamirambo haberaga igikorwa cyo kwibuka abatutsi bahiciwe, umwe mu barokotse witwa Karera Alphonse yatanze ubuhamya ku bwicanyi bwahakorewe, avuga n’abagabo bashinyaguriwe.

    Icyo gihe yashyize mu majwi Nyirandegeya Mwamini Espérance wahamijwe n’inkiko Gacaca gukora Jenoside zimukatira igifungo cya burundu.

    Ati “Mwamini yakoraga muri Air Rwanda, yari afite n’akabari gakomeye hano Kivugiza ni nako abagabo b’abatutsi benshi banyweragamo. Jenoside ibaye yahise yambara imyenda ya gisirikare atangira kwica ahereye ruhande kuko abenshi yabaga azi n’aho batuye.”

    Yakomeje avuga ko nka Mwamini yakoze ibikorwa bya kinyamaswa ndetse bamwe mu bagabo yagiye yica yabishe urubozo.

    Ati “ Hari n’umugabo yishe arangije amuca ubugabo abushyira umugore we.”

    Adam Dieng yavuze ko mu minsi 100 Jenoside yakorewe Abatutsi yamaze, habaye ibyaha byinshi ndengakamere

    source : https://ift.tt/3CUjxZf

  • Rulindo: Ambasade ya Israël yoroje inka imiryango 20 itishoboye – #rwanda #RwOT

    Izi nka zatanzwe kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2021 ku bufatanye n’Ikigega cya Israël cy’Iterambere n’Ubufatanye, MASHAV, gisanzwe gitanga ubufasha ndetse kigakora imishinga itandukanye mu bihugu bimwe bya Afurika.

    Umwe mu bahawe inka, Mukeshimana Honorine, yavuze ko kuba yorojwe atabona icyo abigereranya na cyo kuko ubu agiye kujya aha abana amata ndetse anafumbire imyaka ye.

    Ati “Nakoraga imirimo y’ubuhinzi ariko kubera guhinga nta fumbire singire icyo nsarura, ariko ubu ngiye guhinga nkoreshe ifumbire nsarure mpaze umuryango kandi nsagurire n’isoko. Ikindi ubu abana banjye batatu ntibazongera kubura amata ku meza.

    Uwitwa Niringiyimana Innocent we yagize ati “Inzozi zanjye zibaye impamo, ndashimira cyane ambasade ya Israël ndetse na guverinoma y’u Rwanda kubwo gushyiraho iyi gahunda ya Girinka. Inka mbonye ngiye kuyitaho, abana banjye banywe amata nsagurire n’abaturanyi.”

    Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rulindo, Bizumuremyi AlBashir, yashimye ambasade ya Israël mu Rwanda ku bwo gushyigikira gahunda ya Leta yo koroza imiryango ikennye, aho yasabye abazihawe kuzifata neza kugira ngo zizababyarire umusaruro.

    Ati “Iyo umuntu ahawe inka aba agize ubushobozi bwinshi. Icya mbere aba abonye amata, iyo ubonye inka uba ubonye ifumbire, ni ukuvuga ngo umuturage wahingaga azeza, azagurisha atere imbere mu by’ukuri iyo umuntu amaze guhabwa inka ni igihe gito akaba avuye mu bukene, agatangira akiteza imbere.

    Ambasaderi wa Israël mu Rwanda, Dr. Ron Adam, yavuze ko iki gihugu gishimishijwe cyane no gutanga umusanzu muri gahunda ya guverinoma y’u Rwanda yo guteza imbere imibereho y’abaturage, kuko ari kimwe mu bishimangira umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.

    Ati “Israel yishimiye gutanga umusanzu muri gahunda ya Girinka yatangijwe na Perezida Paul Kagame. Twabonye ko inka ari bwo bufasha bukomatanyije ushobora guha umuntu uri mu bukene, kuko abona amata, ifumbire ndetse akaba yayigurisha agakuramo amafaranga.”

    Si ubwa mbere iyi amabasade itanze inka kuko mu 2020 no muri Kamena 2021 yoroje imiryango 40 yo mu Turere twa Gisagara na Nyamasheke ibintu ivuga ko izakomeza gukora mu rwego rwo gufasha imiryango itishoboye kwikura mu bukene.

    Kuva iyi gahunda yatangira mu 2006 imiryango 10.264 yo mu Karere ka Rulindo ni yo imaze guhabwa inka muri iyi gahunda ya Girinka.

    Abahawe inka biyemeje kuzifata neza kugira ngo zizabyarire umusaruro

    Ambasaderi Adam yavuze ko Israël izakomeza gutanga umusanzu mu gufasha Abanyarwanda kwikura mu bukene

    Inka 20 ni zo zorojwe imiryango itishoboye mu Karere ka Rulindo

    source : https://ift.tt/3nUlsIR

  • Dr Uwineza yahembwe mu bagore 20 b’indashyikirwa muri siyansi muri Afurika – #rwanda #RwOT

    Ibi bihembo bizwi nka ‘L’Oréal-UNESCO For Women in Science Sub-Saharan Africa Young Talents Awards’ bitangwa buri mwaka aho bihabwa abagore babaye indashyikirwa mu byiciro bitandukanye bya siyansi birimo ubuvuzi, ubugenge, ibinyabuzima, imibare n’ibindi.

    Ibi bihembo bitangwa n’Ikigo cyo mu Bufaransa gikora ‘makeup’, amavuta n’imibavu cya L’Oréal Group binyuze mu kigo cyacyo gishinzwe guteza imbere imibereho myiza hibandwa ku bagore, Foundation L’Oréal ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO).

    Umuhango wo gutanga ibi bihembo ku nshuro ya 12 wabereye mu Rwanda muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa Kane, ndetse Annette Uwineza aza muri 20 babyegukanye.

    Uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula.

    Wanitabiriwe kandi n’abegukanye ikamba rya nyampinga w’u Rwanda barimo Iradukunda Liliane na Nimwiza Meghan.

    Visi Perezida Ushinzwe Ibikorwa muri L’Oréal Group akaba na Visi Perezida wa Foundation L’Oréal, Alexandra Palt, yagaragaje ko u Rwanda rwahawe kwakira uyu muhango kubera intambwe rwateye mu bijyanye n’uburinganire ndetse no guteza imbere siyansi.

    Yavuze ko COVID-19 yabaye imbogamizi ku burenganzira bw’abagore, aho ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi bihungabanya uburenganzira bw’abagore byiyongereye.

    Yakomeje avuga ko ibyinshi bikorwa muri siyansi bitashoboka abagore batabigizemo uruhare, ndetse agaragaza ko abagore bakwiye guhabwa umwanya bakagira uruhare mu bushakashatsi butandukanye bukorwa muri siyansi.

    Yakunze siyansi kuva mu bwana

    Dr Uwineza uri mu begukanye iki gihembo ni umuganga mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ryigisha ubuvuzi.

    Amashuri yisumbuye yayize muri muri Ecole des Sciences de Byimana, mu ishami rya Bio-chimie, aho yavuye ijya mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare. Yarangije amasomo ye muri iyi kaminuza mu 2006 afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu buvuzi rusange.

    Dr Uwineza afite impamyabumenyi y’ikirenga yakuye muri University of Liège, aho yaminuje mu bijyanye na Human/Medical Genetics.

    Yagiye akora ubushakashatsi butandukanye ariko bwose bufite aho buhuriye n’indwara z’uruhererekane mu muryango.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko yatangiye gukunda siyansi akiri muto.

    Ati “Nakunze siyansi kuva nkiri umwana muto nkimenya ubwenge. Numvaga ko nshaka kuba umuhanga muri siyansi, numvaga mfite amatsiko. Iyo nabonaga ikintu nibazaga impamvu, nkumva rero kuba namenya siyansi byamfasha kuba nasubiza ibibazo numva binteye amatsiko.”

    “Nagize Imana ngira abantu bo mu muryango wanjye na bo bize siyansi bamfasha kubona icyerekezo, bamfasha kwiga amasomo y’ibanze azamfasha gukora akazi gafite aho gahuriye na siyansi.”

    Yakomeje avuga ko abana bato b’abakobwa bafite inzozi zo kuzakurikirana ibijyanye na siyansi badakwiye guha amatwi ababaca intege.

    Ati “Umuntu ni we wiyubakira ubuzima bwe. Niba ukunda ikintu ntugacibwe intege n’ibyo abantu bakubwira ni wowe uzi ejo hawe hazaza n’icyo ushaka. Ikindi kintu nasaba abana b’abakobwa ni ukumenya ko iyo bize bibafungurira amarembo haba mu rwego rw’ubushakashatsi, haba mu kubona akazi.”

    Uretse Uwineza igihembo nk’iki cyanegukanywe na Motswedi Anderson ukomoka muri Botswana, Lenye Dlamini (Swaziland), Theresa Mazarire (Zimbabwe), Hendrina Shipanga (Namibia), Jacky Sorrel Bouanga Boudiombo (Gabon), Vinie Kouamou (Cameroun), Sephora Mianda Mutombo (RDC) na Ruth Nana Njantang (Cameroun).

    Hahembwe kandi Bibi Sharmeen Jugreet wo mu Birwa bya Maurice, Agil Katumanyane (Ugand), Mary Murithi (Kenya), Hyam Omar Abass Ali (Sudani), Menonli Adjobimey (Benin), Motunrayo Coker (Nigeria), Esther Laurelle M. Deguenon (Benin), Abena Dufie Wiredu Bremang (Ghana), Sandra Jusu (Sierra Leone), Ndeye Maty Ndiaye (Senegal) na Lois Okereke wo muri Nigeria.

    Kugira ngo umuntu ajye mu bahatanira ibi bihembo arabisaba, ubundi hakabaho itsinda ry’inzobere ritoranya abujuje ibisabwa ari nabo bahembwa.

    Mu bigenderwaho hatoranywa abahembwa harimo kuba bafite imishinga ishobora gufasha Umugabane wa Afurika kuva mu bibazo urimo. Muri iyi mishinga harimo ijyanye n’imicungire y’amazi, gupima kanseri n’indwara z’uruhererekane mu miryango, kurwanya malaria n’ibindi.

    Umuhango wo gutanga ibi bihembo witabiriwe n’abantu batandukanye

    Ni igikorwa cyari cyiganjemo abagore n’abakobwa bakora mu bijyanye na siyansi

    Abitabiriye uyu muhango bagize umwanya wo gusabana no kumenyana

    Hari inyandiko nto zisobanura ibikorwa by’abagore n’abakobwa bahembwe

    Bamwe mu bitabiriye iki gikorwa basoma amateka y’abagore n’abakobwa bahembwe

    Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rwakira uyu muhango wo gutanga ibi bihembo bizwi nka For Women in Science Awards

    Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré ari mu bari bitabiriye uyu muhango

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine aganira na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire

    Nimwiza Meghan wabaye Nyampinga w’u Rwanda yitabiriye uyu muhango

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine ashyikiriza, Dr Uwineza Annette igihembo yegukanye

    Dr Uwineza yahembwe mu bagore 20 bo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara b’indashyikirwa muri siyansi

    Visi Perezida Ushinzwe Ibikorwa muri L’Oréal Group akaba na Visi Perezida wa Foundation L’Oréal, Alexandra Palt yasabye ko abagore barushaho guhabwa umwanya mu bijyanye na siyansi

    source : https://ift.tt/2ZnZO6m

  • NABU yatangije ikoranabuhanga rifasha abana gukunda gusoma kuri Internet #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo buryo bushya bufasha abana gusoma (online) butuma byorohera abana kumenya gushaka ibitabo bakunze no kubisoma bidasabye ko hagira ubibafasha, bakabyikorera bikabaremamo umuco wo gukunda gusoma.

    Ubwo buryo bushya (App) ntibufasha abana gusa ngo bakunde gusoma gusa, ahubwo bufasha n’abakuze kumenya gusoma mu Cyongereza.

    Aganira na KT Press, Umuyobozi wa NABU yagaragaje ko mu mpera za 2021, bafite intego yo kuba bagera kuri Miliyoni imwe y’abantu basoma bakoresheje ubwo buryo bushya bwo gusoma ‘Online’.

    Amos Furaha, Umuyobozi wa NABU (Global Users) yagize ati “Ubu buryo bushya buzadufasha kumenya umubare w’abasoma ibyo twandika, binadufashe kumenya aho dukwiye kongera ubukangurambaga. Intego ni ukugera ku bantu Miliyoni imwe basoma bakoresheje ubu buryo bitarenze umwaka wa 2021”.

    Isomero rya NABU (The NABU library), ubu risomeraho abantu bagera 1000, ngo hakaba hariho inkuru z’abana ziri mu ndimi zitandukanye harimo izanditse mu Kinyarwanda, Kiswahili, ‘Creole’ no mu Cyongereza.

    Ibyo bitabo by’abana biri mu ndimi zitandukanye, ubu ngo biboneka kuri Google Playstore ndetse no kuri iOS app store.

    NABU ni Umuryango utegamiye muri Leta kandi udaharanira inyungu, ukaba ufite intego yo gukemura ibibazo bijyanye no gusoma, ukora ku buryo buri mwana ashobora kubona uko asoma no kugaragaza ubushobozi bwose yifitemo.

    NABU yatangiye gukorera ibikorwa byayo mu Rwanda mu 2015, itumiwe n’Umuryango wa ‘Imbuto Foundation’, ariko yatangiye ku mugaragaro ku itariki 15 Ugushyingo 2021 muri Kigali Convention Centre.

    NABU kandi inasohora ibitabo by’abana mu ndimi zitandukanye, ikaba yarahawe igihembo cyo guteza imbere ikoranabuhanga rifasha abantu kugera ku bitabo no gukundisha abana gusoma mu rurimi gakondo rwabo.

    source : https://ift.tt/3lahI4o

  • Abanyarwanda 30 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Saa saba z’amanywa nibwo bahagejejwe bakaba bagizwe n’ab’igitsina gabo 21, ab’igitsina gore batanu n’abana bane.

    Bavuga ko bafashwe mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye bakaba bashinjwa kuba ba maneko b’u Rwanda.

    Ikindi ni uko bambuwe imitungo yabo bakaba baje amara masa.

    Bakiriwe n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka ku ruhande rw’u Rwanda, bakaza kubanza gupimwa COVID-19, mbere y’uko boherezwa mu miryango yabo.

    Umwe muri bo witwa Niyibizi Daniel w’imyaka 27 wo mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare avuga ko yavuye mu Rwanda yerekeza muri Malawi gushaka imibereho anyuze ku mupaka wa Rusumo mu mwaka wa 2016 muri Nyakanga.

    Muri Gicurasi 2021, yahisemo kugaruka mu Rwanda, aca muri Tanzaniya akomereza muri Uganda kugira ngo azanyure ku mupaka wa Kagitumba.

    Ageze ku mupaka wa Tanzaniya na Uganda ahitwa Bugango, yarafashwe we n’umugore we bafungirwa mu kigo cya gisirikare cya Bugango iminsi ibiri.

    Nyuma ngo yagiye gufungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makenke mu Karere ka Mbarara aho yamaze iminsi itanu nyuma ajyanwa muri CMI Mbuya aho yakorewe iyicarubozo ku buryo bukomeye.

    Yagize ati “Muri gereza za gisirikare nabayeho nkubitwa gusa ngo nemere ko ndi maneko w’u Rwanda. Muri CMI ho narinzi ko ntazahava nkiri muzima kubera inkoni zaho z’insinga.”

    Avuga ko avuye muri CMI, yagiye gufungirwa i Kireka aho yamaze amezi ane, nta rukiko rutegetse icyo gifungo.

    Yongeye kuvanwa i Kireka agarurwa mu kigo cya gisirikare cya Makenke ku wa 17 Ukwakira 2021.

    Ku wa 03 Ugushyingo 2021, nibwo yoherejwe muri kasho ya Polisi ya Mbarara ari na ho yavanywe azanwa mu Rwanda.

    Avuga ko mu kigo cya gisirikare cya Makenke yahamburiwe ibyangombwa by’inzira, indangamuntu na telefone bye ku giti cye ndetse n’iby’umugore we.

    Uko ari 30 bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba, bamwe bakorewe iyicarubozo ndetse bakaba barafunzwe kuva ku munsi umwe kugera ku mezi atandatu, igifungo batakatiwe n’urukiko.

    Umunani muri bo basanganywe COVID-19, bakaba bagomba kujyanwa mu kigo kwitabwaho naho abandi bakaba bacumbikiwe mu ishuri rya IPRC-Nyagatare mu gihe bategereje kugezwa mu miryango yabo.

    source : https://ift.tt/3cOCYb4

  • Igitaramo cya Koffi Olomide mu Rwanda cyakuruye impaka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Koffi Olomide
    Koffi Olomide

    Bimwe muri ibyo byaha abishinjwa n’abagore yahoze akoresha mu kuririmba no kubyina aho bamushinga kubafata ku ngufu no kubahohotera abakubita.
    Hari ibindi bivugwa ko yagiye akorana imibonano mpuzabitsina n’abakobwa batujuje imyaka y’ubukure, nyamara we akaba ngo atari azi ko batayujuje.

    Mu kwezi gushize, Koffi Olomide w’imyaka 65 y’amavuko yasabiwe n’abamushinja gufungwa imyaka umunani mu rukiko rw’ubujurire rwa Versailles i Paris.

    Umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore yasabye ko iki gitaramo cyasubikwa kuko nk’u Rwanda ruha ijambo abagore rudakwiye no guha ijambo uwabahohoteye.

    Yagize ati “Kumwemerera gutaramira hano, cyane cyane muri iyi minsi, ni nk’aho tuba twimye agaciro aba bahohoterwa…ni nk’aho tuba tuvuze tuti ntitubyitayeho.”

    Undi yagize ati “Niba yarahamijwe n’inkiko icyo cyaha, igihugu cyacu kikaba kivuga ko kiri mu birwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ntabwo bitanga isura nziza kuri twe!”

    Ku rundi ruhande, abashyigikiye igitaramo cya Koffi Olomide bahise basubiza abadashaka ko Koffi yakorera igitaramo i Kigali, bavuga ko atarahamwa n’ibyaha kandi ko atanabikoreye mu Rwanda ndetse bamwe bakavuga ko ari n’ishyari.

    Hari uwagize ati “None se niba yarajuriye kuki hari abari kumushinja icyaha urubanza rwa burundu rutarashira!? Ese ubu mwibagiwe DMX, jackson n’abandi ibihimbano bagiye baregwa!? Yewe na Bruce Melody hari uwigeze kwiyitirira kubyarana nawe, na Davis D ejo bundi ahita aririmba itara. Ni iki mutazi?”

    Undi yagize ati “Tugira amatiku ni yo mpamvu tudatera imbere nk’abandi! Aho kwibaza ngo twe abahanzi bacu bazataramira i Kinshasa bate nk’uko Koffi abigenje i Kigali?”

    Hari abandi babona iki gitaramo nka kimwe mu bikomeje kugaragaza umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho uyu muhanzi akomoka. Ni igitaramo kandi bamwe babona ko kije cyiyongera ku bindi bimaze iminsi bibera mu Rwanda ndetse bigatumirwamo ibyamamare mpuzamahanga bikaza gususurutsa Kigali, guteza imbere imyidagaduro n’ubukerarugendo, dore ko ari bimwe mu byazahajwe n’icyorezo cya COVID-19.

    Kugeza ubu abateguye iki gitaramo ntacyo baratangaza ku bitekerezo byakivuzweho, igitaramo cyo kikaba gikomeje gutegurwa.

    source : https://ift.tt/3DZiXuv

  • Kigali: Uruganda rukora amarangi rwafashwe n’inkongi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo umuriro watangiraga kwibasira urwo ruganda, bamwe mu bakozi barwo bagerageje kuwuzimya bifashishije za kizimyamoto ariko kubera uburyo umuriro wari mwinshi, ntacyo byatanze ahubwo bahitamo gukiza ubuzima bwabo barahunga.

    Amakuru aturuka mu bantu batandukanye bakorera mu zindi nganda zegeranye n’urwa Iyaga Plus rwahiye ndetse n’aturuka mu bakozi barwo bwite avuga ko hahiriyemo ibintu byinshi bikoreshwa mu kazi ka buri munsi k’uruganda hamwe n’ibikoresho by’abakozi ndetse n’imodoka.

    N’ubwo icyateye iyo nkongi y’umuriro kitahise kimenyekana, ariko ngo ikizwi ni uko yaturutsemo imbere mu ruganda rw’amarangi ndetse ikaba yanakongeje uruganda byegerenye rw’amasafuriya.

    Agaciro k’ibyangijwe n’iyo nkongi ntikahise kamenyekana kuko ibyinshi byahiye bigakongoka, gusa hari amakuru avuga ko hashobora kuba hahiriyemo ibintu bifite agaciro kari hejuru ya Miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ibindi kuri iyi nkuru turacyabikurikirana…

    source : https://ift.tt/3D0KRFm

  • Abayobozi batowe barakora iki ngo bagabanye igwingira mu bana? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imibare y’Akarere ka Burera iheruka gushyirwa ahagaragara mu mwaka wa 2019-2020, igaragaza ijanisha rya 41,6% ry’abana bari munsi y’imyaka itanu bafite ikibazo cy’igwingira.

    Ni imibare Umuyobozi w’aka Karere Uwanyirigira Marie Chantal, avuga ko iri hejuru cyane, ibibaha umukoro wo kurushaho kongera ubukangurambaga bwegereye abaturage, kugira ngo bahindure imyumvire ku birebana no gutegura indyo yuzuye igaburirwa umwana, umubyeyi utwite na we akarushaho gusobanukirwa ko ari inshingano ze kwibanda ku mafunguro agizwe n’indyo yuzuye mu rwego rwo kurinda umwana kuzavukana ibibazo by’imirire mibi.

    Yagize ati: “Nka Komite nyobozi nshya, tugiye gukomeza gufatanya duhurize hamwe imbaraga mu kwigisha abaturage bacu binyuze muri gahunda y’Igikoni cy’umudugudu n’izindi zarushaho kubafasha kubijijukirwa. By’umwihariko abafashwa muri gahunda zigamije kubakura mu bukene nka VUP, aborozwa inka, abahabwa akazi muri mirimo igenda ihangwa ku mupaka n’izindi gahunda zinyuranye zifasha abaturage kubona amafaranga; tuzajya dukurikirana tubafashe kuyifashisha bibanda ku kwihaza mu biribwa bigizwe n’indyo yuzuye igaburirwa abana bibarinde kugwingira”.

    Mu bindi uyu muyobozi avuga byafasha kugabanya ikibazo cy’igwingira, harimo no gushishikariza abaturage kutamarira umusaruro ku masoko ngo biyibagirwe cyane ko aka Karere kari mu turere tweza umusaruro mwinshi.

    Hari kandi kongera uturima tw’igikoni, duterwamo ubwoko butandukanye bw’imboga no gutera ibiti by’imbuto kuri buri rugo, kugira ngo bifashe imiryango kwihaza ku mafunguro agizwe n’indyo yuzuye.

    Hari abavuga ko Amarerero y’abana bato aramutse yongerewe yagira uruhare rukomeye mu kugabanya ikibazo cy’igwingira mu bana

    Mukakarangwa Fabiola, ni umwe mu baturage bavuga ko kuba nta marerero ahagije muri aka Karere, biri mu bigira uruhare mu gutuma abana babura aho birirwa, mu gihe ababyeyi babo baba bagiye gushakisha imibereho.

    Yagize ati: “Murazi ukuntu imibereho y’iki gihe isaba abantu gukora cyane kugira ngo babone ibitunga ingo. Hari nk’igihe ababyeyi bajya nko mu biraka by’ubwubatsi, n’indi mirimo y’ubucancuro bashakisha udufaranga, ku bw’amaburakindi bagahitamo gusiga abana mu ngo, batanafite icyo barya cyangwa ubundi buryo bwo kubitaho, bikaba intandaro yo kugwingira”.

    Ati: “Kuba nta marerero ahari atwegereye twajya dusigamo abana bacu, biri mu byo mbona bidindiza abana bacu mu mikurire kuko n’ayo bagiye bashyiraho mu ngo z’abaturage usanga henshi atujuje ibyangombwa byorohereza umwana kuba yahirirwa. Ku bwanjye mbona ubuyobozi bwashyira imbaraga mu kutwubakira amarerero tukajya tuhasiga abana aho bashobora kwitabwaho babonerwa indyo yuzuye, isuku kandi bitaweho n’ababihugukiwe, bikaba byadufasha mu mikurire yabo izira kugwingira”.

    Mu ntego Akarere ka Burera gafite harimo kongera umubare w’amarerero mu Midugudu yose igize aka Karere uko ari 571, ku buryo nibura buri mudugudu wagira amarerero atatu, mu rwego rwo korohereza abana. Kugeza ubu mu Karere hose hakaba baharirwa amarerero asaga 400.

    Mayor Uwanyirigira, na we asanga mu gihe yaba yiyongereye, hari uruhare yagira mu kugabanya ikibazo cy’igwingira. Ati: “Turi kugerageza gukorana bya hafi n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Burera dufatanyije n’ababyeyi, kugirango amarerero dufite ubu tubashe kuyakurikirana mu buryo bwimbitse ariko kandi tunareba uko twongera andi mashyashya yujuje ibisabwa byose kandi akora mu buryo busubiza ikibazo mu by’ukuri. Ni ikibazo dukomeje gukurikirana kugira ngo bidufashe kugabanya ibipimo by’igwingira mu bana bacu”.

    Ikindi ngo ni ugufasha abaturage guhindura imyumvire ku gutegura indyo yuzuye kuko hari abo usanga bihagije mu biribwa ariko badasobanukiwe kubitegura mu buryo buboneye kandi bufitiye umubiri akamaro.

    Leta y’u Rwanda yihaye intego yo kuba mu mwaka wa 2024, ikigero cy’igwingira mu bana, kizaba cyagabanutse kugera kuri 19% kivuye kuri 35% kiriho ubu.

    source : https://ift.tt/3l8Zikm

  • Barateganya kureba uko abahabwa telefone z’ubuntu bazibyaza umusaruro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Paula Ingabire ashyikiriza umwe mu baturage telefone igezweho mu Karere ka Muhanga
    Minisitiri Paula Ingabire ashyikiriza umwe mu baturage telefone igezweho mu Karere ka Muhanga

    Ibyo bivuzwe mu gihe mu Rwanda hatangijwe gahunda yo kongera gutanga telefone zigezweho ku muturage umwe muri buri mudugudu, ahateganyijwe gutangwa nibura izisaga ibihumbi 40 mu gihugu hose.

    Bimwe mu byo abahabwa telefone zigezweho bagaragaza ko bakeneye harimo interineti yihuta, ihuzanzira (network) ridacikagurika, na porogaramu zishobora gufasha abanyeshuri n’abakora imirimo itandukanye nk’ubuhinzi kugira ngo bakure ubumenyi kuri izo telefone.

    Harerimana Alexis, umwe mu bazihawe ku wa 22 Ukwakira 2021 mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga atangaza ko telefone zigezweho (smartphones) zikwiye kuba zibafasha kongera ubumeyi ku ikoranabuhanga kandi zikorohereza abanyeshuri kwiga amasomo ubundi asanzwe yigwa n’abanyamujyi.

    Agira ati “Nk’ubu mu gihe cya COVID-19 abandi bana bigiraga ku ikoranabuhanga ariko twebwe byaratugoye kuko abanyeshuri bacu ntabwo babonye uko bakoresha iryo koranabuhanga ariko ubu izi telefone zigiye gutuma tujya tubona uko tubafasha”.

    Meya wa Muhanga Kayitare Jacqueline ashyikiriza abaturage telefone zigezweho
    Meya wa Muhanga Kayitare Jacqueline ashyikiriza abaturage telefone zigezweho

    Minisitiri w’Ikoranabuhanga Paula Ingabire avuga ko akamaro ka telefone zigezweho atari ako guhanahana amakuru gusa, kuko zikeneye gushyirwamo ubushobozi bwo kugira ngo uyitunze akore byinshi.

    Avuga ko iyo telefone ishobora gufasha umuturage guhererekanya amafaranga mu buryo bwagutse, kubona amakuru y’ubuhinzi, aho abahinzi bazajya bahuzwa n’abantu bari mu ruhererekane nyongeragaciro ku buhinzi bakabona imbuto, n’izindi nyongeramusaruro no kunoza amasoko.

    Agira ati “Turashishikariza ba rwiyemezamirimo kubaka za sisiteme zashyirwa mu matelefone ngo zifashe abaturage kubona amakuru bakeneye, hari na gahunda ya ‘Byikorere’ igiye gushyirwa muri sisiteme y’Irembo ku buryo umuturage azajya yisabira serivisi bitamusabye ko yimuka ngo akore urugendo rwo kujya kuzishaka kure”.

    Ihuzanzira na ryo rizavugururwa

    Ku kijyanye no kuba ibikorwa remezo by’ihuzanzira za telefone bikiri bike aho usanga hamwe mu cyaro rikora nabi cyangwa nta n’irihari burundu, Minisitiri Ingabire avuga ko uko telefone zigezweho ziyongera ari na ko ibikorwa remezo bizakomeza gushyirwaho.

    Imiryango 331 yo mu Karere ka Muhanga imaze guhabwa telefone zigezweho muri gahunda ya Connect Rwanda
    Imiryango 331 yo mu Karere ka Muhanga imaze guhabwa telefone zigezweho muri gahunda ya Connect Rwanda

    Agira ati “Turacyafite ahantu hari ingufu nke mu ihuzanzira aho interineti itagenda neza, ariko tuzakorana n’abafatanyabikorwa batandukanye ku buryo iminara idafite ubushobozi buzongerwa, guhugura abaturage ku ikoranabuhanga ahazongerwa ibyumba mpahabwenge, kandi tuhashyire n’intore mu ikoranabuhanga zizajya zifasha abaturage mu mahugurwa ya buri munsi mu kugira ubumenyi bw’ibanze mu ikoranabuhanga”.

    Minisitiri Musoni Paula avuga ko impano za telefone zigera ku bihumbi 44 zimaze kuboneka zikiri nkeya ugereranyije n’abasaga miliyoni ebyiri bazikeneye mu Gihugu hose, akaba ashishikariza n’abafite ubushobozi kuba bakwigurira telefone igezweho kuko igihe zizaba zikoreshwa neza bizoroshya ko babona serivisi z’ikoranabuhanga mu buryo bworoshye.

    Yibutsa kandi ko hari no gutekerezwa ibijyanye no kugabanya ibiciro bya interineti bikiri hejuru, ibyo byose bikaba biri mu bigomba gushakirwa ibisubizo kugira ngo izo telefone zizabashe kugira akamaro ku bazihawe.


    source : https://ift.tt/3CT8oaU

  • Ruhango: Cassava Plant yagobotse abarenga 150 bari bagowe no kwishyura mituweli – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2021 aho ubuyobozi bw’urwo ruganda bwashyikirije Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, ari kumwe na bamwe mu baturage bahagarariye abandi, sheki iriho amafaranga y’uwo musanzu.

    Nzirabatinya Samuel ukuriye Imari n’Ubuyobozi muri Kinazi Cassava Plant, yavuze ko usibye akazi ko mu ruganda bakora, batekereza no ku baturage baturanye narwo bakabatera inkunga mu bikorwa by’iterambere.

    Ati “Muri gahunda ndende z’uruganda, usibye gukora no kubona inyungu, tunatekereza no ku baturage duturanye, tukavuga ngo ni iki twabafasha muri rusange kugira ngo tugire uruhare mu guteza imbere imibereho yabo.”

    Yakomeje avuga ko basanzwe bagirana ubufatanye n’umurenge wa Kinazi, bityo kuri iyi nshuro bakaba baraganiriye maze bemeranya ko bawufasha kwishyurira mituweli ku miryango itishoboye.

    Ati “Twishyuriye imiryango 28 igizwe n’abanyamuryango 151, twatanze amafaranga ibihumbi 453 Frw.”

    Bamwe mu baturage batangiwe mituweli bagaragaje ibyishimo bavuga ko bari bagowe no kwivuza badafite ubwishingizi.

    Nirere Valerie yavuze ko mbere bari bafite ubushobozi bwo kwiyishyurira, ariko ubu bushobozi bukaba bwarakendereye nyuma y’uko umugabo we.

    Ati “Umugabo wanjye yaraguye avunika amaboko n’amaguru tujya kumuvuza i Butare [CHUB] ariko kumubaga birananirana kubera kubura ubushobozi. Yari agowe no kwivuza ariko ubwo abonye mituweli ndahita mujyana kwa muganga bamuvure kuko imvune yamuryaga akavuga ngo iyo ngira mituweli mba nsubiye kwa muganga.”

    Nzigiyimana Ezechiel na we yavuze ko afite umuryango w’abantu umunani kandi kwishyura mituweli bimugora kuko ari benshi. Yavuze ko yatangiye gukoresha uburyo bw’ibimina kugira ngo na we ajye abasha kugira abo yishyurira mu muryango we.

    Ati “Mu mudugudu wacu twashyizeho ibimina bya mituweli, ntanga imigabane itatu buri cyumweru ihwanye n’amafaranga 600 Frw kugira ngo nanjye nzabashe kwishyura mituweli uko nshoboye.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nsanzabandi Pascal, yashimiye uruhare Kinazi Cassava Plant ikomeje kugira mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Ati “Dusanzwe dukorana cyane na Kinazi Cassava Plant mu bikorwa byinshi, uyu munsi rero turishimye kuko twari twabagejejeho ubusabe bw’abaturage badafite ubushobozi bwo kubasha kwiyishyurira mituweli bitewe n’ibibazo bagiye bahura nabyo birimo n’ingaruka za Covid-19, none twishimye ko ubusabe twabagejejeho babuhaye agaciro.”

    Yavuze ko kugeza ubu mu murenge hose bageze ku kigereranyo cya 92% mu kwitabira kwishyura mituweli.

    Yasabye abahawe ubufasha gukora cyane baharanira kwiteza imbere kugira ngo bave mu cyiciro cy’abatishoboye bahabwa inkunga, abizeza ko ubuyobozi buzakomeza kubaba hafi no kubagira inama.

    Abahawe ubufasha basabwe gukora cyane baharanira kwiteza imbere kugira ngo bave mu cyiciro cy’abatishoboye bahabwa inkunga

    Abakozi b’uruganda rwa Kinazi Cassava Plant bitabiriye igikorwa cyo gutangira mituweli abaturage batishoboye

    Bamwe mu baturage batangiwe mituweli bagaragaje ibyishimo bavuga ko bari bagowe no kwivuza badafite ubwishingizi

    Kinazi Cassava Plant yagobotse abarenga 150 bari bagowe no kwishyura mituweli

    Nirere Valerie yavuze ko mbere bari bafite ubushobozi bwo kwiyishyurira ariko umugabo we yamugaye bituma bakena

    Nzigiyimana Ezechiel na we yavuze ko afite umuryango w’abantu umunani kandi kwishyura mituweli bimugora kuko ari benshi

    Nzirabatinya Samuel ukuriye Imari n’Ubuyobozi muri Kinazi Cassava Plant yavuze ko usibye akazi ko mu ruganda bakora batekereza no ku baturage baturanye narwo bakabatera inkunga

    Nzirabatinya yavuze ko basanzwe bagirana ubufatanye n’umurenge wa Kinazi bityo kuri iyi nshuro bakaba baraganiriye bemeranya ko bawufasha kwishyurira mituweli imiryango itishoboye

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi Nsanzabandi Pascal yashimiye Kinazi Cassava Plant uruhare ikomeje kugira mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage

    Uruganda rutunganya ifu y’imyumbati Kinazi Cassava Plant ruherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango

    source : https://ift.tt/3nSZEgR