Tag: featured

  • Omicron yakajije umurego ku Isi; Abaturarwanda barasabwa iki? – #rwanda #RwOT

    Isi yongeye gucika igikuba nyuma y’uko hagaragaye ubwoko bushya bwa Covid-19 bwitwa Omicron. Ubushakashatsi bw’ibanze bugaragaza ko bufite ubukare kurusha Delta yari imaze igihe yarakangaranyije abantu.

    Iyi Virus yagaragaye bwa mbere muri Botswana na Afurika y’Epfo mu minsi itatu ishize. Ubu yamaze gukwira henshi, yaba mu Burayi nko mu Bubiligi, muri Israel no mu bindi bihugu.

    Byatumye hanafatwa ingamba abagenzi baturutse muri ibyo bihugu yabonetsemo batangira gukumirwa hirya no hino hanyuma kandi u Rwanda na rwo rusubizaho akato ku binjiye mu gihugu.

    Ubu bwoko bufite umwihariko ko Virus ikomatanyirijemo ibyagiye bihinduka kuri iyi virus kuva ku munsi wa mbere. Irakomeye ugereranyije n’izindi zose zabayeho.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko ubu aho Omicron yagaragaye hose iri gusuzumwa hakoreshejwe ibipimo bisanzwe, ibyo bigatanga icyizere ko iramutse igeze mu gihugu ubushobozi buhari bwatuma iboneka.

    Ikindi ni uko iyo virus, mu gusesengura imiterere yayo, harebwa n’uburyo yandura.

    Ati “Abashakashatsi baragagaza ko mu turemangingo twayo twahindutse, harimo ukwihinduranya kugera kuri 30 harimo ukwari gusanzwe kwa Delta na Alpha ariko ifite izindi nk’eshatu zihariye zirimo cyane cyane ituma ifata ku turemangingo ishaka kwinjiramo.”

    Iyi ifite ubushobozi bwo kwegera utunyangingo buri hejuru, ku buryo aho ifashe imata ikinjira mu mubiri kandi ikanduza kurusha indi. Mu ntara imwe yo muri Afurika y’Epfo, ubwandu buri hejuru bitewe n’iyi virus aho bwavuye kuri 1% mu byumweru bitatu bukagera kuri 30%.

    Ati “Bigaragara ko yandura cyane. Ikindi ni ukureba ngo ’ese iyo virus irica cyane, ishobora gutera ibibazo cyane kurusha iyari isanzwe?’ Aho niho abashakashatsi bari gukurikirana abantu banduye ngo barebe ko bari kugaragaza ibimenyetso bidasanzwe nko kugira umusonga ukabije cyane bikamuviramo gupfa n’ibindi bikunze kugaragaza umuntu wanduye Covid-19 bikamuviramo gupfa.”

    Ikindi kiri kurebwaho ni ubushobozi bw’imiti ihari ivura Covid-19. Ntabwo biratangazwa kuko hagikorwa ubushakashatsi.

    Dr Ngamije yavuze ko iyi virus iri kwandura cyane, ariko bitazwi niba yica cyane. Iyo ugupfa kw’abantu banduye igipimo kiri hejuru, biba bivuze ko iyo virus irakaze cyane.

    Kugira ngo ibyo bimenyekane, hazafatwa iyi virus hanyuma ihuzwe n’abasirikare batewe urukingo ku buryo babasha guhangana nayo, nibirangira barebe uko abo basirikare bica iyo virus cyane.

    Ati “Nibabona ku basirikare bashyizwe hamwe n’izo virus ziri gupfa ari nyinshi, bizaba bivuze ko ba bantu bakingiwe, bafite abasirikare bafite ubushobozi bwo kuba bakwica iyo virus.”

    Dr Ngamije yasabye abaturarwanda ko muri iki gihe cy’iminsi mikuru, bagerageza kwitwararika bagakomeza kubahiriza ingamba zari zisanzwe zo kwirinda iki cyorezo.

    “Uyu munsi inkingo dufite zifite ingufu kuri Delta, bivuze ngo uyu munsi wa none inkingo dufite muri zo zifite ingufu kuri Delta, niba hari n’icyahindutse kuri iyi virus nshya, turahera ku bushobozi dufite niba hari n’icyahindutse kuri iyo nshya turahera ku bushobozi buhari bwo guhangana n’izo virus. Ukingiwe, ibyo ari byo byose afite amahirwe yo kurama, kubaho no kutaremba kurusha utarakingiwe.”


    source : https://ift.tt/3rdpwWN

  • Abagabo bagira ipfunwe ry’ihohoterwa bakorerwa bashyiriweho uburyo barivuga mu ibanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa
    Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa

    Yabitangaje tariki ya 25 Ugushyingo 2021, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bw’iminsi 16 ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Ni ubukangurambaga bwatangirijwe ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Gatsibo aho imiryango 19 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranye imbere y’amategeko.

    Batamuliza Mireille avuga ko kugera mu Ugushyingo 2021, abahohotewe ari 12,800 ariko abenshi ari abana basambanyijwe, hagakurikiraho gukubita no gukomeretsa byakorewe mu ngo no gucunga nabi umutungo w’abashakanye.

    Avuga ko icyo bifuza ko cyashyirwamo imbaraga ari ugukumira ihohoterwa rikorerwa mu ngo ariko buri wese akabigiramo uruhare.

    Ati “Ntabwo wakwicara ngo ndakubita umugore ngo ni yo izaza kubimbuza. N’abagabo murabizi ko bakubitwa, rero ntiwakwicara uvuge ngo ndamwirukanye ndamumenesha, ngo uvuge ngo umuyobozi w’inzego z’ibanze ni we uzaza gukemura icyo kibazo.”

    Uruhare rwa buri wese yaba uwakoze icyaha n’uwagikorewe ngo ni ngombwa mu gutanga amakuru kugira ngo uwakoze icyaha ahanwe hakurikijwe amategeko, dore ko ihohoterwa rigira ingaruka ku warikorewe, umuryango ndetse n’Igihugu.

    Ni byo Batamuliza yasobanuye ati “Ni ukuvuga ngo yaba umugore cyangwa umugabo bose bashobora guhohoterwa. Imyumvire ko nta mugabo uhohoterwa igomba guhinduka n’urwego agezeho arusaba ubufasha bakumva ko agomba gufashwa kuko ntaba aje gutaka atababaye.”

    source : https://ift.tt/3xrIN7U

  • Banki ya Kigali yatanze inguzanyo ya 25,000,000Frw ku batsinze muri BK Urumuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abashoramari bato bahawe igishoro, barerekana sheki bakikijwe n
    Abashoramari bato bahawe igishoro, barerekana sheki bakikijwe n’Abayobozi muri BK na Inkomoko

    Ni gahunda Banki ya Kigali (BK) ifatanyijemo n’Ikigo Inkomoko gifasha ba rwiyemezamirimo bavuye hirya no hino mu gihugu kwitegura bagaragaza uburyo imishinga yabo izagirira Abaturarwanda muri rusange akamaro, bagahabwa amahugurwa ari na ko abafite imishinga myiza kurusha abandi bahabwa igishoro kizabateza imbere.

    Kuri iyi nshuro ya gatanu, abahawe inguzanyo ya BK Urumuri ni ba rwiyemezamirimo batandatu bakora ahanini ibijyanye n’imideri y’imyenda hamwe n’abatunganya ibiribwa n’ibikoresho bitandukanye.

    Umuyobozi muri Banki ya Kigali ushinzwe ibijyanye n’amategeko, Emmanuel Nkusi Batanage, ashima uburyo abahabwa iyo nguzanyo babanza gutegurwa, ku buryo ibyo bakora nyuma yo guhabwa igishoro ngo bitanga umusaruro haba mu kwaguka kw’ibigo byabo ndetse no gutanga imirimo.

    Emmanuel Nkusi Batanage Umuyobozi muri BK ushinzwe Amategeko no gutera inkunga imishinga
    Emmanuel Nkusi Batanage Umuyobozi muri BK ushinzwe Amategeko no gutera inkunga imishinga

    Nkusi yagize ati “Muzi ko abantu bose bazahajwe na Covid-19, iyo tubahaye inkunga nk’iyi umuntu arongera akazahuka agatera imbere, bigahesha n’abantu imirimo”.

    Abahawe inguzanyo izishyurwa nta nyungu yongeweho ni ba nde?

    Hari ikigo ‘Gusa Ltd’ cyashinzwe n’uwitwa Dany Uwamungu muri 2019, kikaba gikora ibikoresho bitandukanye birimo intebe zo kwicaraho, udupfuko tw’amatara n’ibindi bintu by’imitako bikozwe mu mabuye, mu byuma no mu biti.

    ‘La fromagerie’ cyashinzwe n’uwitwa Micheline Thienpont hamwe na Apollon Kabahizi muri 2020, bakaba bakora za foromaje(fromage) mu mata y’inka n’ay’ihene bakayagurisha mu gihugu imbere no hanze.

    Ikindi kigo cyahawe inguzanyo ni ‘Talia Ltd’ cyashinzwe n’uwitwa Cynthia Umutoni muri 2018, kikaba gikora imitobe mu matunda kiyavanze n’izindi mbuto hamwe n’imboga.

    Ikigo Green Pack cyashinzwe na Esther Kamikazi afatanyije na Allan Nkurunziza muri 2020, biyemeza gukora ibikombe byo kunyweramo bikozwe mu mpapuro, ndetse na nyuma yaho barakomeje bakora ibintu byo gupfunyikamo impano n’ibiribwa.

    Ikigo KGL Flour cyashinzwe na Scovia Mutoni muri 2020 kikaba ari uruganda rutunganya ifu y’ibigori ndetse rugakora n’ibiryo by’amatungo, gishimirwa guhesha abagore imirimo no kurwanya imirire mibi.

    Byose ni Bamboo ni ikigo cyashinzwe na Delphine Uwera muri 2021, akaba ari umwana w’umukobwa kuri ubu ufite imyaka 22 y’ubukure, ariko yiyemeje guhinga imigano no kuyikoramo ibintu byose umuntu akenera kuva abyutse mu gitondo kugeza aryamye ninjoro.

    Uwera avuga ko imigano ivamo ibintu byose kuva ku biribwa, ku biryamirwa kuko ikorwamo ibitanda byo kuryamaho, igakorwamo inkweto zo kwambara, amasahane, ibikombe, ibiyiko, imigano yubakishwa inzu yo kubamo, igakorwamo igare cyangwa imodoka bagendamo,…mbese.

    Bavuga iki kuri gahunda ya BK Urumuri?

    Uwera washinze ikigo ‘Byose ni Bamboo’ akomeza avuga ko gahunda ya BK Urumuri itamuhesheje igishoro gusa, ahubwo ngo itumye yunguka ibitekerezo byatuma ava mu batunze za miliyoni akagera mu ruhando rw’abatunze za miliyari.

    Yagize ati “Miliyoni ebyiri mpawe ziradufasha kwagura aho dukorera no kwigisha urundi rubyiruko ruzavamo abakozi, kongera ingemwe z’imigano twari twarahinze, mu myaka mike nzaba mfite za miliyari”.

    Umuyobozi w’ibikorwa by’Ikigo Inkomoko cyahuguye abo ba rwiyemezamirimo, Teta Ndejuru ngo yizeye ko ubumenyi batanze buzabafasha kudasubira inyuma, kuko bahawe ubushobozi burenze ubwo bakoreshaga mbere.

    Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y
    Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Jonas Munyurangabo

    Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Amakoperative(MINICOM), Jonas Munyurangabo ushinzwe Igenamigambi n’Ikurikiranabikorwa, ashima BK Urumuri ko yaba uburyo bwo guteza imbere ba rwiyemezamirimo bato benshi cyane mu gihe ibindi bigo binini mu gihugu byayifatiraho urugero.

    Munyurangabo agira ati “Urabizi ko abantu bashaka igishoro bakakibura kubera gusabwa ingwate cyangwa inyungu nyinshi kandi ari bwo bagitangira, gahunda nk’izi rero twifuza ko zazabaho nyinshi mu rwego rwo gufasha wa muntu ufite igitekerezo cyiza ariko adafite igishoro”.


    source : https://ift.tt/3G8dfHB

  • Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwatumye u Rwanda rusubizaho akato ku bava mu mahanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’uko mu bihugu bya Afurika y’Amajyepfo hagaragaye ubwoko bushya bwa COVID-19 kandi bufite ubukana.

    Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko abajya mu kato muri izo hoteli bazajya biyishyurira, ihamagarira abantu bose harimo n’abakingiwe gukurikiza cyane ingamba zo kwirinda COVID-19.

    Abantu barasabwa kwambara neza agapfukamunwa, gukingura inzugi n’amadirishya kugira ngo umwuka uhagije winjire mu nzu.

    Abantu kandi bagirwa inama yo kwirinda kujya ahantu hari abantu benshi no mu birori n’imyidagaduro bitari ngombwa, gushyira intera byibura ya metero imwe hagati y’umuntu n’undi, no gukaraba cyangwa gusukura intoki kenshi.

    source : https://ift.tt/3nVeVh4

  • #COVID19: Abanduye bashya 8 babonetse mu bipimo 12,065 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe ni 1,341.

    source : https://ift.tt/3HYrS1F

  • Umukinnyi wamamaye muri Paris Saint-Germain ari mu ruzinduko mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Raimundo Souza Veira de Oliveira
    Raimundo Souza Veira de Oliveira

    Uruzinduko rwa Rai mu Rwanda, ruri mu rwego rw’ubufatanye bw’u Rwanda n’iyo kipe yo mu Bufaransa bwa ‘Visit Rwanda’. Rai azitabira ifungurwa ry’ishuri ry’umupira w’amaguru rya mbere rya PSG riherereye mu Karere ka Huye. Rai abaye uwa kabiri usuye u Rwanda aturutse muri PSG, kuva yatangira ubufatanye n’u Rwanda muri 2019.

    Rai abaye uwa kabiri uje mu Rwanda nyuma ya Youri Djorkaeff wasuye u Rwanda umwaka ushize. Rai yaje aherekejwe n’umugore we, akaba azanahura n’Umufaransa Mr Boris Becker, uzwi cyane ku mbuga nkoranyambuga, na we uri mu Rwanda mu rwego rw’itangizwa ry’iryo shuri ry’umupira w’amaguru (academy).

    Nyuma, ibyo byamamare bizajya gusura Pariki y’igihugu y’ibiruga, kugira ngo bajye kwirebera ingagi ziri mu cyanya cyazo, basure n’ibindi bikorwa bitandukanye.

    Akigera ku Kibuga cy’indege cya Kigali, Rai yagize ati “Turumva dufite ibyishimo byinshi byo gushyigikira ubufatanye bw’u Rwanda na Paris Saint-Germain, n’amahirwe ubwo bufatanye butanga mu kuzamura abato bafite impano mu bya siporo. Dufite n’amatsiko menshi yo kureba ibyiza byo ku butaka bw’imisozi igihumbi”.

    Uruzinduko rwa Rai mu Rwanda, ruje nyuma y’imyaka ibiri y’ubufatanye bwa Visit Rwanda na PSG. N’ubwo iyo myaka yaranzwe n’ingaba zikomeye zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, PSG yakomeje gukora uko ishoboye igaragaza u Rwanda nk’ahantu heza ho gusura kuri ba mukerarugendo ndetse no ku bafana b’umupira w’amaguru.

    Niyonkuru Zephanie, Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), yagize ati “Tunejejwe no kwakira umunyabigwi wa PSG Rai, umugore we Becker ndetse n’itsinda ryose bari kumwe mu Rwanda, kubera igikorwa gikomeye cyo gutangiza ishuri ry’umupira w’amaguru rya PSG. Iryo shuri ni umwe mu mishinga ikubiye mu bufatanye bwacu, uzagira uruhare rukomeye ku iterambere rya Siporo mu gihugu. Twiteguye kwakira n’abandi baturuka mu muryango wa PSG muri Visit Rwanda”.


    source : https://ift.tt/3EdpFgN

  • Niyonzima Olivier Sefu yasabye imbabazi abanyarwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki 16/11/2021 ni bwo ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryatangaje ko ryahagaritse mu Mavubi Niyonzima Olivier Sefu, azira imyitwarire mibi yamuranze nyuma y’umukino wahuje Amavubi na Kenya tariki 15/11/2021.

    Niyonzima Olivier Sefu ni we wari watsinze igitego Amavubi yatsinze Kenya ubwo batsindwaga 2-1
    Niyonzima Olivier Sefu ni we wari watsinze igitego Amavubi yatsinze Kenya ubwo batsindwaga 2-1

    Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Sefu yaje kwandikirwa Ferwafa asaba imbabazi abanyarwanda ndetse anemera amakosa yakoze yatumye ahagarikwa mu ikipe y’igihugu, anatangaza ko iyi myitwarire yamuranze itazongera kumugaragaraho.

    Ibaruwa ya Niyonzima Olivier Sefu

    “Muyobozi, mbandikiye iyi baruwa ngira ngo nsabe imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange, abatoza, abakinnyi ndetse n’abayobozi bose twari kumwe ubwo twajyaga gukina umukino n’Ikipe y’Igihugu ya Kenya.”

    “Mu by’ukuri muyobozi, ubwo twari muri Kenya, nagaragaje imyitwarire itari myiza ihabanye n’indangagaciro tugenderaho mu Ikipe y’Igihugu, ndenga ku mabwiriza twari twahawe n’abari batuyoboye ndetse binamviramo guhabwa ibihano.”

    “Nsabye imbabazi Abanyarwanda bose ndetse mbizeza ko imyitwarire yangaragayeho itazongera ukundi, nkaba niteguye gukorera igihugu cyanjye nk’uko byari bisanzwe.”


    source : https://ift.tt/3FSy7Cw

  • Abaririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bagiye guhabwa ibihembo – #rwanda #RwOT

    Ibi bihembo byateguwe na Christian Communications byiswe ‘Sion Awards’, bikaba bigenewe abahanzi n’amatsinda akora umuziki uhimbaza Imana mu rwego rwo kuwushyigikira. Bizahabwa ingeri zitandukanye hagendewe ku bakoze cyane kuva mu 2019 kugeza mu 2021.

    Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Ugushyingo 2021, Umuyobozi wa Christian Communications, Nzahoyankuye Nicodeme, yavuze ko aya atari amarushanwa asanzwe, ahubwo ari ishimwe bageneye abatanga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo.

    Yagize ati “Ntituje gukora amarushanwa cyangwa ngo dushyireho guhatana nk’uko umuntu wese yabitekereza, ahubwo tuje gushimira buri mwaka abahanzi, amakorari n’andi matsinda ku bwitange bakorana umurimo wo kuririmba ariko hagomba kugira abahabwa iri shimwe, niyo mpamvu hashyirwaho uburyo bwo guhitamo abazahabwa ibi bihembo.”

    Sion Awards izahemba ibyiciro bitandukanye birimo icy’umugabo w’umwaka (Best Male Artist of the year), uyu agomba kuba ari umukirisitu, afite indirimbo enye z’amashusho zasohotse hagati ya 2019 na 2021, amajwi n’amashusho zayo zikozwe neza kandi akoresha imbuga nkoranyambaga.

    Hari icyiciro cy’umuhanzikazi w’umwaka (Best Female artist of the year), ugomba kuba yujuje ibisabwa ku muhanzi w’umugabo. Icyiciro cya Korali y’umwaka (Best Choir of the year) igomba kuba ifite itorero ibarizwamo, ifite indirimbo eshatu z’amashusho zikozwe neza kandi inakoresha imbuga nkoranyambaga.

    Hazahembwa kandi umuhanzi ukora injyana ya Hip Hop (Best Hip Hop of the year) ugomba kuba ari umukirisitu, afite nibura indirimbo eshatu zikozwe neza kandi akoresha imbuga nkoranyambaga.

    Hari icyiciro cy’umuhanzi ukorera umuziki mu muhanga (Best Diaspora of the year), agomba kuba ari umukirisitu, afite indirimbo enye yasohoye hagati ya 2019 na 2021 kandi zikozwe neza, anakoresha imbuga nkoranyambaga.

    Hazanahembwa umuhanzi ukorera umuziki mu Ntara (Upcountry artist of the year) ugomba kuba ari umukirisitu, afite indirimbo ebyiri yasohoye hagati ya 2019 na 2021 kandi zikoze neza ziri no ku mbuga nkoranyambaga.

    Kuri korali, hari icyiciro cy’ikorera umuririmo w’Imana mu Ntara (Best Upcountry Choir of the year) igomba kuba ifite itorero ibarizwamo, ifite indirimbo eshatu yasohoye hagati ya 2019 na 2021 kandi zikoze neza.

    Abahanzi bakizamuka nabo ntibibagiranye kuko hari igihembo cyabagenewe (Best Artist of the year). Uyu muhanzi agomba kuba ari umukirisitu, afite nibura indirimbo imwe y’amashusho n’amajwi imwe kandi ikoze neza kandi akaba anakoresha imbuga nkoranyambaga.

    Hari icyiciro cy’itsinda ry’abaramyi b’umwaka (Best Ministry, Group of the year), aba bagomba kuba bafite idini babarizwamo, bafite indirimbo eshatu zifite amashusho zikozwe neza kandi bakoresha imbuga nkoranyambaga.

    Ku ruhande rw’icyiciro cy’indirimbo y’umwaka mu buryo bw’amashusho (Best Video of the year), igomba kuba yanditse neza, ifite ubutumwa bwiza, amashusho ari meza, imyambarire ari myiza, akaba ari amashusho atanga igisobanuro kandi ubutumwa burimo bwubakiye ku Ijambo ry’Imana.

    Akarusho gahari ni uko hazabaho ‘Recognition award’ izahabwa abantu bagize uruhare mu guteza imbere umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

    Ibi byiciro bizahabwa ibihembo bitandukanye, aho mu cyiciro cya Upcoming Artist na Upcountry Artist, bazahembwa ibihumbi 300 Frw, naho mu ibindi byiciro byose bazahabwa ibihumbi 500 Frw no gukorerwa indirimbo mu buryo bw’amashusho n’amajwi.

    Ibihembo bizatangwa n’abaterankunga batandukanye barimo Urwego Bank, Gumaho Shop, Enterprise Urwibutso, Satimax Ltd na Electrical Solution Ltd.

    Abategura Sion Awards bateganyije ko kuva tariki ya 25 Ugushyingo kugeza ku ya 23 Ukuboza, hazabaho igikorwa cyo guhitamo abahanzi, na ho tariki ya 9 Mutarama akaba ari umunsi wo guhemba.

    Guhitamo bizaca mu matora azakoresha telefoni ndetse no ku rubuga rwa IGIHE. Amajwi y’abatora afite 40% mu gihe akanama nkemurampaka gafite 60%.

    Abari gutegura Sion Awards bavuze ko bagamije gushimira abahanzi

    Mu kiganiro n’itangazamakuru, abanyamakuru bashimye umuhate w’abateguye ibi bihembo

    Sion Awards igamije gushimira abatanga ubutumwa bwiza babinyujije mu ndirimbo

    Umuyobozi wa Christian Communications Nzahoyankuye Nicodeme yavuze ko aya atari amarushanwa ahubwo ari ishimwe bageneye abatanga ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo

    source : https://ift.tt/3D0ZAQm

  • Amb Lt Gen Frank Mushyo yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Arménie – #rwanda #RwOT

    Ni mu muhango wabereye mu Ngoro ya Perezida wa Arménie iri mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Yerevan, kuri uyu wa kane, tariki 25 Ugushyingo 2021.

    Nyuma y’uyu muhango, Amb Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi na Perezida Armen Sarkissian bagiranye ibiganiro byibanze ku mubano ibihugu byombi bisanzwe bifitanye mu nzego zirimo ubukungu, imibereho myiza n’umuco. Banarebeye hamwe uko uyu mubano warushaho kwiyongera, ndetse ukagukira mu zindi nzego zitandukanye, zirimo uburezi n’ikoranabuhanga.

    Perezida Sarkissian yavuze ko u Rwanda na Arménie ari ibihugu bifite byinshi bihuriyeho. Ni ibihugu bito mu buso, bifite umutungo kamere mucye kandi byose byagize amateka mabi ya jenoside.

    Yavuze kandi ko igihugu cya Arménie gifite ibyo kwigira k’u Rwanda mu rwego rw’imiyoborere myiza, aho rufatwa nk’igihugu cy’icyitegererezo ku bihugu byinshi.

    Mbere y’uko Amb Mucyo atanga impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda, yabanje kugirana ibiganiro na Vahe Gevorgian, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Wungirije wa Arménie.

    Arménie ni igihugu gito kiri ku buso bungana na kirometero 26.743, aho giherereye mu gace k’imisozi izwi nka Caucasus itandukanya u Burayi na Aziya. Iki gihugu gituwe na miliyoni 2,9, kikabarirwa mu bihugu biri mu Burayi, n’ubwo igice cyacyo kinini kiri muri Aziya, ndetse kikaba gikikijwe n’ibihugu birimo Turukiya, Iran, Azerbaijan na Georgia.

    Iki gihugu kizwi cyane kubera amateka yacyo y’igihe kirekire, abarwa kuva mbere y’ivuka rya Yesu. Ni igihugu kibarirwa mu bifite ubukungu buringaniye, aho umusaruro mbumbe wacyo mu 2020 wari miliyari 12$.

    Ambasaderi Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi yashyikirije Perezida wa Arménie, Armen Vardani Sarkissian, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu

    Ambasaderi Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi yakiriwe na Perezida wa Arménie, Armen Vardani Sarkissian mu Biro bye biri mu murwa mukuru wa Yerevan

    Perezida wa Arménie, Armen Vardani Sarkissian na Amb Lt Gen Kamanzi baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi

    source : https://ift.tt/3HX1PYN

  • IPRC Kitabi yatangije isomo rihuza iby’uburenganzira bwa muntu no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima – #rwanda #RwOT

    Ni isomo (module) ryiswe “Human Rights and Conservation” rizaba rikubiyemo amategeko areba abaturage, ibyo basabwa mu gucunga umutungo kamere ndetse n’uburyo bwagenderwaho mu mikoreshereze y’ubutaka.

    Ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima bihuzwa cyane n’uburenganzira bwa muntu mu mibereho ye itekanye, kubaho akikijwe n’ibifite ubuzima buzima kandi bitanga umusaruro ndetse akabaho mu busugire.

    Umuyobozi wa IPRC Kitabi, Richard Nasasira, yavuze ko iryo somo ryatangijwe hashingiwe kuri raporo yagaragajwe hirya no hino ku Isi, ikemeza ko mu rugendo rwo kubungabunga ibidukikije by’umwihariko ibyanya bikomye, hari ababihutariramo cyangwa bakavutswa uburenganzira bagombye kuba bafite.

    Ati “Usanga abaturage n’abakozi bo muri Pariki hari uburenganzira bavutswa kubera ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije. Twumvishe kenshi abakozi ba Pariki bicwa [n’inyamaswa]. Ubwo urumva ko uburenganzira ku buzima aba yabuvukijwe. Twumvishe kenshi abaturage babuzwa gukoresha ibikomoka ku bidukikije n’ibyangizwa n’inyamaswa ziba ahantu hakomye, bikabavutsa uburenganzira bwo kugira ibiryo bihagije n’ibindi.”

    “Ariko kubera ko dufite inshingano yo gutanga ubumenyi mu bijyanye no kurengera ibidukikije kugira ngo ingobyi iduhetse uyu munsi n’ejo izabe igifite ubwo busugire, twifuje kwigisha iri somo. Rikeneye kwigishwa abantu bose cyane ko buri wese afite inshingano yo kurengera ibidukikije.”

    Umuyobozi w’Ishami ryo Kubungabunga ibinyabuzima byo mu gasozi muri IPRC Kitabi ari naho iryo somo rizigishirizwa,Ndagijimana Isidore, yavuze ko ubusanzwe ibirikubiyemo byigishwaga bicibwa hejuru ariko ubu bikaba bigiye kwitswaho.

    Yavuze ko mu gihe abanyeshuri bazajya gushyira mu ngiro ibyo biga bazabasha gusobanurira abaturiye ibyanya bikomye bakamenya uburenganzira bwabo,inshingano n’amategeko ku birebana n’ibinyabuzima bibegereye.

    Ati “Twiteze ko ibyari bisanzwe bimenyerewe bizahinduka kuko iyo umwana avuye ku ishuri agera mu rugo akabwira ababyeyi ibyo akuyeyo.”

    Bamwe mu banyeshuri biga muri iryo shami bavuganye n’itangazamakuru basobanuye ko banejejwe no kuba iryo somo rigiye gusobanura byimbitse uko uburenganzira bwa muntu no kurengera ibidukikije bigomba kujyana ntakibangamiye ikindi.

    Sugira Pacifique wiga mu mwaka wa Kabiri, yagize ati “Ubusanzwe twigaga amasomo avuga ku burenganzira bwa mu ntu mu kurengera ibinyabuzima ariko ntibugaragazwe mu buryo bwimbitse. Ihuriro ryabyo nirisobanurwa neza ntihazagira uwitwaza uburenganzira bwe ngo ahungabanye urusobe rw’ibinyabuzima.”

    Dufitumukiza Aline yavuze ko ababajwe no kuba iryo somo rizanywe ari mu mwaka wa nyuma kuko rikenewe cyane.

    Ati “Ni ingenzi cyane gusobanukirwa byimbitse uburenganzira bwa muntu mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.”

    Umuhango wo gutangiza iryo somo ku mugaragaro wabereye muri IPRC Kigali kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2021, witabirwa n’abo mu ngeri zitandukanye barimo abanyeshuri, abayobozi mu nzego za Leta ndetse n’abo mu miryango mpuzamahanga n’iyigenga ifite aho ihuriye n’ibidukikije. Bamwe bawitabiriye ku ikoranabuhanga.

    Muvunnyi Richard ukora mu Ishami rishinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), yashimye intambwe IPRC Kitabi iteye nk’isoko y’abazarengera urusobe rw’ibinyabuzima mu bihe biri imbere.

    Yavuze ko kugira ngo iterambere rirambye rigerweho bisaba ko hatabaho ubusumbane mu kurengera ibidukikije no kuzirikana uburenganzira bwa muntu.

    Muhizi Pascal wari uhagarariye Ikigega Cyihariye cy’Ingoboka (SGF) yibukije ko gifasha kwishyura abaturage mu gihe bonewe n’inyamaswa zo mu byanya bikomye cyangwa zikabakomeretsa no kubica mu gihe bitagizwemo uruhare no kuba barenze ku mategeko.

    Imiryango y’Abafatanyabikorwa irimo USAID,US Fish&Wildlife Services, CARPE, US Forest Department of Agriculture na RIFFEAC nayo yitabiriye uwo muhango.

    IPRC Kitabi iherereye mu Karere ka Nyamagabe. Isanzwe yigisha andi masomo ajyanye no kubungabunga ibinyabuzima,ubukerarugendo, n’amashyamba.

    Itsinda ryafashije abanyeshuri gushira amatsiko ku bibazo bitandukanye bari bafite

    Muhizi Pascal asobanura ibikorwa SGF ikorera abaturage basagarariwe n’inyamaswa

    Umuyobozi wa IPRC Kitabi, Dr Richard Nasasira,yavuze ko iryo somo ryatangijwe kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko rikenewe

    Muvunnyi Richard yashimye intambwe IPRC Kitabi iteye

    Sugira Pacifique yavuze ko iryo somo rizatuma abanyeshuri barushaho kumva uko urusobe rw’ibinyabuzima ruzabungabungwa hanubahirizwa uburenganzira bwa muntu

    Dufitumukiza Aline yashimangiye ko iryo somo ryari rikenewe cyane

    Abitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isomo rihuza uburenganzira bwa muntu no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri IPRC Kitabi

    source : https://ift.tt/3laMgCU