Tag: featured

  • Perezida Archange Touadéra yageze mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kwakirwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, biteganyijwe ko Perezida Touadéra ahita akomereza muri Village Urugwiro, aho yakirwa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, bakagirana ibiganiro hagati yabo hanyuma bakaza kuganira n’itangazamakuru.

  • Menya ibikubiye mu ruzinduko rwa Touadéra mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Nzeri 2019 ubwo Perezida Kagame yahuriraga na Perezida Faustin-Archange Touadéra i New York muri Amerika
    Muri Nzeri 2019 ubwo Perezida Kagame yahuriraga na Perezida Faustin-Archange Touadéra i New York muri Amerika

    Biteganyijwe ko nyuma yo kwakirwa ku Kibuga cy’indege cya Kanombe nk’uko bigenda ku bakuru b’ ibihugu, Touadera akomereza muri Village Urugwiro aho abanza kuganira na Perezida Kagame w’u Rwanda mu muhezo, nyuma bakaza kuganira n’abandi bayobozi bazana nawe baturutse muri Santrafurika.

    Nyuma y’aho, abo bakuru b’ibihugu burakurikira isinywa ry’amasezerano atandukanye, hakurikireho kugirana ibiganiro n’itangazamakuru.

    Nyuma y’aho, biteganyijwe ko Perezida Touadera azasura inzu ndangamurage y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside, iyo nzu ikaba iherereye ku ngoro y’inteko ishinga amategeko.

    Tariki 6 Kanama 2021, Perezida Touadera azasura Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi watashywe ku mugaragaro tariki 4 Nyakanga 2021, ukaba utuyemo imiryango 144, ishuri ryisumbuye, ikigo mbonezamikurire, ikigo nderabuzima, n’ibindi bikorwa remezo.

    Perezida Touadera azanasura ibyiza nyaburanga bitandunye mu Rwanda, mbere y’uko asubira mu gihugu cye tariki 8 Nyakanga 2021.

    Perezida Touadera araba ari Perezida wa Kabiri usuye u Rwanda muri iki Cyumweru, kuko aje akurikira Perezida Samia Suluhu wa Tanzania wasuye u Rwanda muri ntangiriro z’iki Cyumweru mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

    U Rwanda rusanzwe rufite ubufatanye na Santrafurika binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’ umutekano muri icyo gihugu, ndetse icyo gihugu cyafunguye imiryango ku bikorera kugira ngo barebe amahirwe y’ishoramari ari yo, bityo bashoreyo imari yabo.


  • Musanze: Hari abanyamahanga bakomeje gusura Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abasura uwo mudugudu bose bashima ibikorwa by
    Abasura uwo mudugudu bose bashima ibikorwa by’ingabo z’igihugu cy’u Rwanda

    Mu kwezi kumwe uwo mudugudu ufunguwe ku mugaragaro, abashyitsi biganjemo inzego za Gisirikare baturutse mu bihugu binyuranye, bakomeje gushima uburyo uwo mudugudu wahinduriye abaturage ubuzima, biturutse ku bufatanye bw’abaturage n’ingabo z’u Rwanda, dore ko uwo mudugudu wubatswe ku bufatanye bwa Leta n’Ingabo z’igihugu, umutwe ushinzwe inkeragutabara.

    Honorable OCZ Mushinguri Kashiri, Minisitiri w’Ingabo mu gihugu cya Zimbabwe, wari uyoboye itsinda ry’abayobozi mu nzego zinyuranye muri Zimbabwe, ubwo basuraga uwo mudugudu bari kumwe na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, ku wa Kabiri Tariki 03 Kanama 2021.

    Nyuma yo gutambagizwa uwo mudugudu n’umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe, bishimiye ubwiza bwawo.

    Abanyamahanga bakomeje gukorera ingendoshuri muri uwo mudugudu, basura ibikorwa binyuranye
    Abanyamahanga bakomeje gukorera ingendoshuri muri uwo mudugudu, basura ibikorwa binyuranye

    Bishimiye ubuzima bwiza bw’abawutuye, nyuma yo gusura ibikorwa binyuranye birimo Ikigo mbonezamikurire, Ishuri ry’incuke n’ibindi, bishimira ibikorwa by’iterambere Ingabo z’u Rwanda zikomeje kugeza ku baturage.

    Minisitiri w’Ingabo muri Zimbabwe ati “Ni ibyo gushima kuba ingabo z’u Rwanda zikomeje kwegereza abaturage iterambere, nabonye ibikorwaremezo binyuranye kandi byubatse neza cyane, birategurira umuturage iterambere rirambye”.

    Ni nyuma y’uko na none, uwo mudugudu wari uherutse gusurwa n’umugaba mukuru w’Ingabo mu gihugu cya Angola, General Egidio Santos, ubwo yari kumwe n’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, ku itariki 28 Nyakanga 2021.

    Abana bishimira gutaha iwabo mu nzu zigezweho, iyo bavuye kwiga
    Abana bishimira gutaha iwabo mu nzu zigezweho, iyo bavuye kwiga

    Mu bikorwa basuye muri uwo mudugudu, birimo Agakiriro, Ikigo mbonezamikurire cy’abana, Ikigo nderabuzima, amashuri n’amacumbi agezweho yubakiwe abaturage.

    Abo bashyitsi bagarutse ku bufatanye bw’ingabo z’u Rwanda n’abaturage, aho Gen Egidio yagize ati “Ibi bikorwa Ingabo z’u Rwanda zikomeje kugeza ku baturage birerekana urukundo ntagereranywa Ingabo zikunda abaturage, nabonye inyubako nziza, amashuri, amavuriro byerekana uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu mibereho myiza y’umuturage”.

    Uretse abakuriye ingabo mu bihugu binyuranye, uwo mudugudu kandi ugenda usurwa n’abayobozi banyuranye mu rwego rw’isi aho bagera bakishimira, bavuga ko bahigiye byinshi bizabafasha kuzamura iterambere ry’abaturage mu bihugu byabo.

    Abashyitsi bakomeje gusura umudugudu wa Kinigi
    Abashyitsi bakomeje gusura umudugudu wa Kinigi

    Ni umudugudu ucumbikiye imiryango 144, yari ituye mu kajagari muri ako gace ka Kinigi, ahadakunze korohera umuturage kubaka, dore ko ari agace karangwa n’amakoro.

    Ibyo bikorwa remezo muri uwo mudugudu birimo inzu 144 zigenewe amacumbi y’abaturage, Agakiriro, ikigo nderabuzima, amashuri mu byiciro binyuranye, imihanda, byose byatwaye agera kuri Miliyari 27 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Bashimye urwego ikoranabuhanga rimaze kugeraho mu mashuri yo mu mudugudu wa Kinigi
    Bashimye urwego ikoranabuhanga rimaze kugeraho mu mashuri yo mu mudugudu wa Kinigi
    Urugo mbonezamikurire rukomeje gusurwa
    Urugo mbonezamikurire rukomeje gusurwa


  • Kamonyi: Babiri bafatiwe mu cyuho bagerageza guha ruswa umupolisi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko gushaka gutanga iyi ruswa byaturutse ku kuba hari moto abapolisi bari bamaze amezi abiri bafatiye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda basanga irimo amadeni y’amande angana n’ibihumbi 635Frw, nk’uko bitangazwa ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Nyiri moto yabonye ayo mafaranga atazayabona, yatangiye gushaka uko atanga ruswa kugira ngo umupolisi wayifashe ayimusubize.

    SP Kanamugire yagize ati “Moto yafatanwe Nsanzipfura kuko yayikoreshaga ubumotari, yafatiwe mu Karere ka Kamonyi. Nsanzipfura yabonye amaze gufatwa abitekerereza Nzanana (umusekirite mu bamotari mu Mujyi wa Kigali), Nzanana yamubwiye ko aziranye n’umupolisi wayifashe, amubwira gushaka Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 bakabimugiramo ikarekurwa”.

    SP Kanamugire akomeza avuga ko guhera tariki ya 3 Kanama 2021 saa saba z’amanywa, Nzanana yatangiye guhamagara umupolisi wari wafashe moto amubwira ko hari amafaranga ashaka kumuha akabarekurira moto yafashe. Umupolisi yaramwemereye, basezerana aho baza guhurira akayamuha, gusa umupolisi yari yateguye uburyo baza gufatirwa mu cyuho bazanye ayo mafaranga.

    Ati “Umupolisi yakomeje kuvugana na Nzanana bumvikana aho amusanga mu Karere ka Kamonyi. Habanje kuza Nsanzipfura azanye ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50 kuko ngo yari yabwiye Nzanana ko atabona ibihumbi 100 kuko na we yari yamuhaye ibihumbi 30 kugira ngo amuteretere umupolisi”.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko Nsanzipfura yafatiwe mu cyuho arimo gutanga iyo ruswa, yafashwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uwo munsi. Amaze gufatwa hahise haza na Gakara nawe ahita afatwa.

    SP Kanamugire yibukije abantu bagifite imyumvire yo kumva ko bazajya baha ruswa abapolisi, ko ruswa ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi Polisi y’u Rwanda ikaba iri mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa, yabibukije ko uzajya agerageza guha ruswa umupolisi azajya ahita amwifatira ako kanya.

    Abafashwe baremera icyaha bakanagisabira imbabazi, bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Runda kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Itegeko n°54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa Ingingo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Ibihano bivugwa mu gika cya 2 cy’iyi ngingo ni na byo bihabwa umuntu wese utanga cyangwa usezeranya gutanga, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu kugira ngo hatangwe cyangwa hadatangwa serivisi.

    Iyo ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere n’icya 3 by’iyi ngingo byakozwe kugira ngo hakorwe ikinyuranyije n’amategeko, igihano kiba igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse, yakiriye cyangwa yatanze.

  • Kuba muri Amerika (USA) ntibyoroshye – Mike Davis #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mike Davis
    Mike Davis

    Mu butumwa burebure yanditse kuri Twitter, Mike Davis aravuga ko ku bwe asanga abantu baba bifuza kujya kwibera muri Amerika, ngo hari ibintu byinshi baba batazi, ari yo mpamvu yiyemeje kugira ibyo abasobanurira nk’umuturage w’icyo gihugu kandi ukizi neza mu mizi.

    Mu butumwa bwe kuri Twitter, Mike Davis aterura agira ati:
    “Kuba Umunyamerika mbere na mbere bivuze ko hari ibyo igihugu cyawe kigomba kugukorera, ni ukuvuga wowe, umugore wawe n’abana bawe, ariko nawe hari ibyo ukigomba kandi bikomeye.

    Ku myaka 18, abana bawe b’abahungu basabwa kwitabira ibikorwa byihariye bifitiye inyungu igihugu – urugero nko kujya mu gisirikare bakoherezwa aho rukomeye. Mbese iyo utararenza imyaka 25 utegetswe kwiyandikisha mu gisirikare! Abakobwa na bo biri hafi kubageraho.

    Ugomba kwishyura imisoro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) buri mwaka kugeza igihe uzapfira. Abana bawe na bo basabwa kubyubahiriza igihe bamaze kuzuza ibisabwa, kandi bakabikora iteka ryose aho baba bari hose ku isi, bapfa kuba bafite ubwenegihugu bwa USA.

    Iyo abana bawe bagiye kugurisha imitungo yawe utakiriho, bagomba kuyimenyekanisha nk’inyungu ziyongereye ku byo batunze kandi bagasobanura ibyo ari byo.

    Ikindi kandi niba ufite konti ubitsamo ziri hanze ya USA, utegetswe kuzitangira raporo buri mwaka. Ni raporo izwi nka FBAR (Report of Foreign Bank and Financial Accounts). Igihe utabyubahirije, ibihano birahari kandi biremereye!

    Ugomba kuzuza imbonerahamwe (form) izwi nka 8939 (FATCA) kuri buri gikorwa, igikoresho, konti, ishoramari ufitemo imigabane n’uburenganzira ku micungire yabyo. Igihe utabyubahirije, ibihano birahari kandi biremereye!

    Ibikorwa na serivisi muri USA *BIRAHENZE*. Abarera abana, abakozi bo mu rugo, abashoferi, abita ku bantu – wabona icyo ubahemba se?

    Amafunguro nyayo na yo abona umugabo agasiba undi. Ntibigutangaze ninkubwira ko ifunguro ry’ibanze (ridahenze) muri USA rigura hagati ya $20-25 (25.000FRW) ku muntu umwe. Ariko wifuza n’ifunguro rihendutse (iryo muri USA bita ingirwa-funguro), naryo rirahari kandi igihe cyose ku 1000FRW ($1) kuri resitora za McDonalds!”

    Mike Davis akomeza ati:
    “Serivisi z’ubuvuzi zo ni urwenya muri USA. Ni ukuri pe, yego zifite ubuziranenge buri hejuru, ariko kubwigondera ni nko kurota ku manywa. Urugero: hari ubuvuzi bubayo buzwi nka ‘ultrasound’, kubuhabwa mu gihe cy’amezi atatu – ane bigusaba kwishyura $374 (asaga ibihumbi 370FRW).

    Kugura inzu byo birahendutse mu bice byinshi bya USA (uvanyemo imijyi yihagazeho nka San Francisco, New York City), NABWO igihe ufite ikikwingiriza agatubutse KANDI ufite n’akazi katajegajega. Kugura imodoka nabyo ni kimwe. Ufite akazi wizeye? Warizigamiye? Inzu n’imodoka byo si ikibazo.

    Kubona inguzanyo *BIROROSHYE* kandi urebye ntabwo bihenze. Amakarita ya banki ya ‘Credit cards’ aguhesha inguzanyo y’inyungu ya 20% APR; mu gihe ideni rya banki ritangirwa ingwate ryo riri ku nyungu ya 2,8% (ubu tuvugana).”

    Mike Davis ariko ngo hari ibintu bimubabaza ajya abona hirya no hino ku isi biba ku Banyamerika. Aragira ati:

    “Iyo uri Umunyamerika ntuhwema guhura n’abantu bakubaza ubutitsa niba ufite abantu muziranye muri Ambasade. Ashwi ntabo pe! Ariko byibuze tuzi uko akazi kaho gakorwa. Hari n’abakubaza niba “wabafasha kubona visa” cyangwa “kubona ubwenegihugu”. Ibi duhura nabyo buri cyumweru, inshuro nyinshi, byibuze kabiri mu cyumweru.

    Mu by’ukuri mbabazwa no guhora mpatwa ibibazo n’abantu bo hirya ni hino ku birebana na politiki n’ibikorwa bya USA. Ngabo abambaza iby’intambara yo muri Afghanistan, ibya Donald Trump kugera no kuri politike y’imihindagurikire y’ikirere.

    Abantu benshi bibwira ko nkomoka mu baherwe kubera ko ndi Umunyamerika. Ashwi! Mama yari umushoferi wa bisi mu gihe data yari umukozi usanzwe wo mu ruganda ushinzwe kwakira ibyinjira, kubibika, gutunganya ibisohoka, no kugenzura ububiko.

    Ikindi kimbabaza ni ukubona aho ngiye hose bashaka kunyishyuza amafaranga y’umurengera ku gicuruzwa cyangwa serivisi runaka mba nkeneye kubera gusa ko ndi Umunyamerika. Ibi ariko ntabwo binca intege kuko mparanira guciririkanya nk’abandi bose, byananirana nkigendera ariko nagerageje kuko mba nzi neza ko ndimo guhendwa.

    Icyiza cyo muri USA ni uko ibikorwa byinshi biboneka amasaha 24 kuva kuwa mbere kugera ku cyumweru, cyane cyane mu mazu y’ubucuruzi manini. Ibi ni byo nkumbura cyane – kuva mu rugo saa cyenda za mu gitondo igihe nta bitotsi mfite nkajya guhaha ibyo nkeneye nkabibona.”

    Mike Davis aragira n’icyo avuga ku bugizi bwa nabi bwabaye karande muri USA, akagira ati:
    “Ubugizi bwa nabi burahari muri USA. Reka dufate urugero rwa Chicago: Muri Nyakanga 2021, hishwe abantu 105 barashwe; 517 bakomerekejwe no kuraswa, abishwe bose muri rusange ni 110.

    Mu mujyi wa Chicago buri minota ibiri haba harashwe umuntu umwe, (Chicago ituwe na miliyoni 2,7 z’abaturage mu gihe Kampala ituwe na miliyoni 1,5)”

    Mu kwanzura ubutumwa bwe kuri Twitter aho agerageza kwereka abatuye isi ko kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika atari ukuba muri Paradizo, Mike Davis aratanga ubundi butumwa ariko noneho asa n’uwirengera nk’uko abyivugira agira ati: Amerika na none ariko ikunda imanza.

    Mike Davis akongera ati: “Amerika ni igihugu cyiza gifite abaturage beza. Nubanira abaturanyi bawe neza mugafatanya kubaka ubumwe aho mutuye kandi UKABIGIRAMO URUHARE – Amerika rwose ishobora kukubera icumbi ryiza aho abaturanyi bawe bahinduka umuryango wawe kandi mugafatanya muri byose.

    Mboneraho no kubibutsa ko urutonde rw’ibyo nifuzaga kubabwira rutarangirira aha, kandi ko ibitekerezo byanjye nta rwego bihagarariye rwaba urw’amategeko cyangwa urw’imari cyangwa se urundi rwego runaka rutanga inama.”


  • #COVID19: Mu Rwanda abantu 6 bitabye Imana, abahawe doze ya mbere y’urukingo ni 44,227 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko ku wa Gatatu abasezerewe mu bitaro ari 24 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 20, abarembye ni 45.

  • Minisitiri Gatabazi yavuze kuri Gitifu washyize Akagari muri Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean-Marie Vianney

    Tariki ya 3 Kanama 2021, nibwo hasohotse itangazo ryanditswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare ashyira muri Guma mu Rugo Akagari ka Gatare kari mu Murenge ayobora.

    Ni ibintu byatunguye benshi ndetse abandi batanga ibitekerezo ko uyu muyobozi yarengereye, abandi bamushima gufata icyemezo agamije kurinda abaturage ayobora.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwahise butesha agaciro itangazo ry’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare, ndetse abantu batangira kuvuga ko uyu muyobozi ashobora gufatirwa ibihano, abandi bakavuga ko ashobora no kwirukanwa.

    Ministiri Jean Marie Vianney Gatabazi aganira n’itangazamakuru yavuze ko icyo umuyobozi yakoze nta gikuba yaciye.

    Agira ati “Umuyobozi akurikije ibibazo biri aho ayobora agomba gufata inshingano, kuri we yabonye ko ibyiza ari ugushyira Akagari muri Guma mu rugo, kubera ko afite imibare n’uburambe bwaho kandi bimuteye impungenge, ubundi birashoboka ko ahantu abayobozi batuye, bayobora, gushyiraho ibyemezo biba byafashwe n’Inama y’ Abaminisitiri nk’isuku, umuganda, kandagira ukarabe, guhana intera bishoboka ariko gushyira agace muri Guma mu Rugo biri ku rundi rwego.”

    Ministiri Gatabazi avuga ko umuntu agira ubushake, kwitanga ariko icy’ingenzi ngo ni uko hagomba kubaho no kugisha inama.

    Agira ati “Icyiza ni uko bitashyizwe mu bikorwa, umuyobozi aba akeneye inama, nta gikuba cyacitse ku buryo twavuga ko yafatirwa ibihano, iyo akoze ikintu kitari cyaganirwaho agirwa inama.”

  • Inteko Ishinga Amategeko yasoje igihembwe itoye amategeko 23 – #rwanda #RwOT

    Muri iki gihembwe, abadepite bemeje ishingiro ry’imishinga y’amategeko 28, hatorwa amategeko 23, amwe muri yo akaba yaroherejwe gutangazwa, andi akaba akinozwa mbere y’uko yoherezwa. Hari n’akirimo gusuzumirwa muri komisiyo zihoraho.

    Mu mateko yemejwe harimo itegeko rigenga Urwego Rushinzwe Ubutasi ku Mari (Financial Intelligence Centre – FIC) ruzajya rugenzura ibyaha byo mu rwego rw’imari birimo iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba cyangwa ikwirakwizwa n’ikoreshwa ry’intwaro n’ibindi.

    Andi mategeko arimo itegeko ryemeza burundu amasezerano hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’amategeko yemeza burundu amasezerano anyuranye u Rwanda rwasinyanye n’ibigega mpuzamahanga.

    Abadepite kandi bemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi mu Rwanda, aho amategeko yari asanzweho hari ibyo atashyiragaho bya ngombwa nk’amategeko agenga ibyaha n’ibihano byo mu muhanda.

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabarisa Donathile, yashimiye abadepite umuhate bagaragaje kugira ngo imirimo yihute kandi ikorwe mu buryo bunoze.

    Ati “Iki igihembwe cyabayemo imirimo myinshi cyane ahanini irebana no gusuzuma no kwemeza imishinga y’amategeko yihutirwaga cyane.”

    Mu kumenya no kugenzura ibikorwa n’imikorere bya Guverinoma, Inteko yagejejweho na Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, ibisubizo mu magambo no mu nyandiko ku bibazo bimaze igihe bigaragara muri Kaminuza y’u Rwanda bijyanye n’imicungire y’imari n’umutungo ndetse n’ikoranabuhanga rya IEBMIS.

    Minisitiri Dr Uwamariya yagaragarije abadepite mu buryo burambuye ikibazo kiri m ikoranabuhanga rya IEBMIS, abereka gahunda yo guhugura abakozi bongererwa ubumenyi buzabafasha mu ikoreshwa ry’iri koranabuhanga, kugira ngo ibice byaryo byose bibashe gukoreshwa, ritange umusaruro uko bikwiye.

    Ministiri w’Ibikorwa remezo, Gatete Claver, na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, nabo bagejeje ku Nteko Rusange y’Abadepite ibisubizo mu magambo ku bibazo byagaragaye muri bimwe mu bigo biyobowe na minisiteri bayoboye zireberera.

    Nk’uko biteganywa n’ingingo ya 133 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe yagejeje ku Mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko [Abadepite n’Abasenateri] ibikorwa bya Guverinoma byo guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.

    Inteko Ishinga Amategeko yasoje igihembwe cya gatatu itoye amategeko 23

  • Rubavu: Abakobwa basabwe ruswa y’igitsina bagatanga amakuru birukanywe – #rwanda #RwOT

    Aba bakobwa bavuga ko bari bamaze igihe badahembwa, bitewe n’uko umwe mu bayobozi b’ikigo bakoragamo yabakaga ruswa y’igitsina. Baje kubiganiraho basanga ari ikibazo rusange, biba ngombwa ko bitabaza Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, kugira ngo rukurikirane uwo muyobozi.

    Nyuma y’ibi amakuru avuga ko abo bakobwa baje kwirukanwa mu kazi, ibintu bavuze ko bishobora kuba bifitanye isano n’uko batanze amakuru.

    Umwe muri abo bakobwa yagize ati “Nyuma y’uko dutanze amakuru ntabwo badusubije mu kazi, banze kuduhemba banatwirukana mu kazi. Twazize ko twasebeje ikigo. Tubona ari ihohoterwa twakorewe n’ubwo tutasubizwa mu kazi ariko tugahembwa takanishyurwa imyambaro yabo twaguze, ubundi tukajya gushakisha ahandi.”

    Undi nawe yagize ati “Ninjiye ntanze amafaranga ibihumbi 30 Frw y’imyambaro, sinigeze mpembwa kuko nanze gutanga ruswa y’igitsina. Nitabaje ubuyobozi bw’ikigo bumbwira ko buzabikurikirana, igihe kigeze uwari udukuriye avuga ko ntazahembwa ntamuhaye igitsina ariko RIB iradutabara iramufata. Gusa kuva ejo ubuyobozi bwatubwiye ko buzaduhemba tubanje gutanga imyambaro, natwe tubona ari ukutugora kuko ikimenyetso dufite [cy’uko twabakoreye] ni imyambaro kuko nta makarita dufite, none ubu badukuye mu kazi.”

    Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri HIGHSEC CO Ltd, Murayire Hermess, avuga ko aba bakobwa atari abakozi babo kuko batabazi.

    Ati “Abo bakobwa amakuru bari gutanga si ukuri, kandi n’inama twabagiriye ntibayumva. Ntabwo ari abakozi bacu, uriya ufunzwe yarababeshyaga ko abahaye akazi ariko nta rutonde na rumwe babaho, ntibarahembwa na rimwe. Ni umukozi wacu w’umutekamutwe wababeshye abambika imyenda, n’ubu natwe turimo kumurega kuko twasanze ari benshi yashyizemo. Bose twabasabye ko bakuzuza dosiye tukazabashyiramo mu buryo bwemewe.”

    Yakomeje avuga ko niba aba bakobwa koko barakoze akazi k’ikigo, bazahembwa.

    Tariki ya 27 Nyakanga 2021, ni bwo RIB yataye muri yombi Umuyobozi mu Kigo cya HIGHSEC CO Ltd. gikorera mu Mujyi wa Rubavu, akurikiranyweho icyaha cyo gusaba ruswa y’igitsina.

    Abakobwa batswe ruswa y’igitsina bagatanga amakuru birukanwe

  • Abagororwa barimo abagore baherutse kubabarirwa na Perezida Kagame batashye – #rwanda #RwOT

    Aba bagore bose uko ari 10 batashye kuri uyu wa 4 Kanama 2021, nyuma yo guhabwa imbabazi n’Umukuru w’Igihugu nk’uko byasohotse mu Iteka n° 087/01 ryo ku wa 03/08/2021 ritanga imbabazi.

    Aba bagore bafunguwe bari barakatiwe ibihano by’igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’itatu barimo batatu bo mu Karere ka Musanze, babiri b’i Nyamagabe, batatu bo muri Muhanga, umwe wo muri Ngoma n’undi w’i Nyarugenge.

    Kuri uyu wa Gatatu kandi abandi bagororwa 4781 bari barahamijwe n’inkiko ibyaha bitandukanye bakaba bari bafungiye muri gereza ziri hirya no hino mu gihugu, bafunguwe by’agateganyo n’Iteka rya Minisitiri, batangiye gusubizwa mu miryango yabo.

    Imbabazi zatanzwe na Perezida Kagame zatangajwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu, tariki ya 30 Nyakanga 2021.

    Ingingo ya 227 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ryo mu mwaka wa 2019, iteganya ko Perezida wa Repubulika afite ububasha bwo gutanga imbabazi ku muntu wakatiwe n’urukiko, abisabwe cyangwa abyibwirije, amaze kugisha inama Urukiko rw’Ikirenga.

    Imbabazi zitanzwe na Perezida wa Repubulika zivanaho ibihano byose cyangwa bimwe uwakatiwe yahawe cyangwa zikabisimbuza ibindi bihano byoroshye.

    Gusaba imbabazi bikorwa mu nyandiko uwakatiwe igihano cyangwa umuhagarariye mu buryo bwemewe n’amategeko yandikira Perezida wa Repubulika.

    Inyuzwa ku buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa iyo usaba imbabazi afunze, bikamenyeshwa Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze. Usaba imbabazi agaragaza impamvu ashingiraho azisaba.

    Hari ibyo uwahawe imbabazi asabwa kubahiriza

    Uwahawe imbabazi agomba kwiyereka Umushinjacyaha wo ku Rwego rw’Ibanze rw’aho aba, aho ubushinjacyaha bukorera, no kumumenyesha Umudugudu, Akagari, Umurenge n’Akarere by’aho aba, mu gihe cy’iminsi cumi n’itanu.

    Agomba kandi kwitaba Umushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze rw’aho atuye, aho ubushinjacyaha bukorera, inshuro imwe mu kwezi ku munsi wagenwe n’Umushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze.

    Ibindi asabwa birimo gusaba Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano ze uruhushya igihe cyose ashatse kujya mu mahanga.

    Iyo hari imbogamizi uwahawe imbabazi atitaba ku rwego ruteganywa n’itegeko, yifashishije ikoranabuhanga mu itumanaho, yoherereza umushinjacyaha wo ku rwego rw’ibanze rw’aho atuye ubutumwa amumenyesha aho aherereye n’impamvu atashoboye kumwiyereka.

    Uwahawe imbabazi kandi yiyereka ubuyobozi bw’Umudugudu atuyemo bukabikorera raporo ishyikirizwa umushinjacyaha iyo izo mpamvu zivuyeho.

    Ibyo uwahawe imbabazi agomba kubahiriza birangirana n’igihe cy’igifungo cyari gisigaye uwahawe imbabazi yababariwe.

    Uwahawe imbabazi ashobora kuzamburwa

    Imbabazi za Perezida zishobora kwamburwa uwazihawe bitewe n’imwe mu mpamvu zirimo kuba yakatirwa kubera ikindi cyaha, mu rubanza rwabaye ndakuka cyangwa akaba atubahije kimwe mu byategetswe n’iteka rimufungura.

    Iteka rya Perezida ryambura imbabazi rigaragaza impamvu imbabazi zambuwe. Uwazambuwe afungwa igice cy’igihano cy’igifungo yari asigaje igihe yahabwaga imbabazi.

    Kurangiza icyo gihano cy’igifungo bitangira kubarwa kuva ku munsi uwambuwe imbabazi yazamburiweho. Icyakora, mu kubara icyo gihe cy’igifungo ntihitabwa ku gihe uwakatiwe yihungishije ubwe igihano.

    Aba ni abagore barekuwe nyuma yo guhabwa imbabazi n’Umukuru w’Igihugu

    Abagore 10 bafunguwe ku mbabazi za Perezida wa Repubulika babanje kwigishwa mbere yo gutaha

    Ubwo basohokaga muri Gereza ya Ngoma batashye

    Umwe mu bahawe imbabazi mbere yo gutaha yabanje guhabwa icyangombwa cyemeza ko afunguwe