Tag: featured

  • Abacuruzi batumiza ibintu mu mahanga bakomeje kwijujutira ibiciro byazamutse kubera icyorezo cya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Abanyarwanda batumiza ibicuruzwa mu mahanga buvuga ko ibiciro byo kuzana ibicuruzwa mu mahanga byiyongereyeho nibura 10% kubera icyorezo cya Covid-19.

    Urugaga rw’Abikorera, PSF, na rwo ruvuga ko ruzi iki kibazo ndetse hakomeje ibiganiro n’aba bacuruzi kugira ngo hashakwe ibisubizo.

    Umuvugizi wa PSF, Ntagengerwa Théoneste yabwiye New Times ati “Ubu turi kugerageza kwagura amasoko tuzanaho ibicuruzwa, ubu turi gushishikariza abacuruzi gushaka andi masoko yo mu Karere, Turikiya, u Buhinde no mu Misiri.”

    Yakomeje agira ati “Twanabashishikarije kubaka uburyo bwo kugirana amasezerano n’abaranguza ibicuruzwa kubera ko ubu buryo bushobora kubafasha kubona ibicuruzwa batabashije kujya muri ibyo bihugu birimo.”

    Byinshi mu bicuruzwa bizanwa mu Rwanda bituruka mu bihugu nk’u Bushinwa gusa ngo kuri ubu bitewe n’uko uburyo bwo kujya muri kiriya gihugu kuzana ibyo bintu hari imbogamizi z’uko kubitumiza wabanje kubyishyura ‘Online’ bihenda cyane.

    Umuyobozi Wungirije w’Ihuriro ry’Abarangura ibicuruzwa mu mahanga, Aphrodis Mpayimana yagize ati “Abenshi mu bacuruzi bajya mu Bushinwa, iyo uri hariya ugira amahirwe yo guciririkanwa ariko ubu ngubu ugomba kugura ibicuruzwa ku giciro cyashyizweho kandi kiba gihenze cyane.”

    Mpayimana avuga kandi ko kubera icyorezo cya Covid-19, hari nyinshii mu nganda zahagaritse imirimo yazo ku buryo kuri ubu zidafite ibicuruzwa bihagije byo gushyira ku masoko, bigatuma bike bihari biba bihenze cyane.

    Yatanze ingero z’inkweto, amavuta yo gutekesha, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi.

    Ku rundi ruhande ariko PSF ivuga ko bakwiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga [E-Commerce] kuko ari uburyo bwihuta kandi bworoshye ndetse bukaba bufasha mu kurinda ibyago bishobora kubera mu ngendo by’umwihariko muri ibi bihe byo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

    Uburyo bwo kujya kuzana ibicuruzwa mu bihugu nk’u Bushinwa busigaye bugoye cyane

  • Iburasirazuba: Imiryango 86 y’abarokotse Jenoside yorojwe inka – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu gitangirizwa mu Karere ka Kirehe. Nibura muri buri Murenge mu igize Intara y’Iburasirazuba horojwe uwarokotse Jenoside umwe.

    Ndatimana Jean Damascène ufite imyaka 31 usanzwe acuruza imbuto yashimiye Urugaga rw’Abikorera rwamworoje inka yiyemeza ko igiye kumuhindurira ubuzima mu buryo bugaragara.

    Ati “Ndishimye cyane kuba bampaye inka, nta nka nari mfite iwanjye none ubu mbaye umutunzi; ubu igiye kuduha amata ku buryo nta mwana wanjye bazasanga mu mutuku kubera imirire mibi, ikindi izaduha ifumbire ku buryo ibyo nasaruraga biziyongera.”

    Mukamahirane Marthe utuye mu Murenge wa Kirehe, yavuze ko yishimye cyane kubona atoranywa mu bandi agahabwa inka.

    Ati “Mu bintu ntari mfite n’inka irimo kandi nari nkeneye ifumbire, ubu rero muyibona mu kiraro hepfo gato mpafite isambu nini izamfasha kuyifumbira. Ikindi nyitezeho ni amata azahindura umuryango wanjye.”

    Yakomeje avuga ko yigeze korora inka igeze aho irapfa abura ubushobozi bwo kugura indi, ngo yatunguwe no kubwira ko ari mu bantu batoranijwe muri uyu mwaka kugira ngo bahabwe inka.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yashimiye ubuyobozi bwa PSF ku gikorwa cyiza bakoze avuga ko ari amahitamo y’Abanyarwanda yo kwishakamo ibisubizo.

    Yavuze ko inka zizagirira umumaro abantu benshi binafashe abazihawe mu bumwe n’ubwiyunge.

    Abahawe inka umwaka ushize batangiye kugerwaho n’iterambere

    Umwaka ushize PSF yatanze inka 102 na none ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu mirenge yose igize Intara y’Iburasirazuba. Bamwe mu bahawe izi nka kuri ubu batangiye kugerwaho n’iterambere.

    Bagwaneza Ruth utuye mu Murenge wa Kirehe, ni umwe mu bahawe inka umwaka ushize na PSF. Yavuze ko kuva ayishyikiriye imaze kumuhindurira ubuzima akaba yaravuye ku gukamisha amata none akaba yikamira.

    Yavuze ko uretse kunywa amata anayagurisha amafaranga avuyemo akavamo ubwatsi, imiti n’ibindi nkenerwa bituma irushaho kuba nziza.

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, Ndungutse Jean Bosco, yavuze ko iki gikorwa kibaye ku nshuro ya kabiri ariko biyemeje ko kizajya kiba ngaruka mwaka.

    Yavuze ko impamvu inka zagabanutse ugereranyije n’umwaka ushize ari uko PSF yo muri Rwamagana yo yiyemeje kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mu bindi byatanzwe harimo imiti, amapombo n’umunyu kugira ngo bifashe umworozi wahawe inka. Hari kandi n’ibiribwa ndetse n’ibiryamirwa.

    Akanyamuneza kari kose ku miryango yorojwe inka

    Bagwaneza Ruth umaze umwaka ahawe inka yavuze ko imaz ekumufasha mu iterambere

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel yashimiye PSF, asaba abahawe inka kuzifata neza

    Umuyobozi wa PSF mu Ntara y’Iburasirazuba, Ndungutse Jean Bosco yavuze ko iki gikorwa kizaba ngarukamwaka

  • Urwibutso n’urukumbuzi Guverineri wa Kayanza mu Burundi afitiye umujyi wa Huye – #rwanda #RwOT

    Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Kanama 2021 mu ijambo rye ubwo yahuriraga na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, ku mupaka wa Nshili mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru.

    Bahuye mu rwego rwo kugirana ibiganiro bigamije guteza imbere imibanire y’intara zombi no gushyikiriza u Rwanda abanyarwanda barindwi bafatiwe mu Burundi bambutse mu buryo butemewe n’amategeko ndetse n’inka y’umuturage yarenze urubibi igafatirwayo.

    Guverineri Cishahayo yavuze ko hambere akiri muto yabonaga nta mupaka utandukanya u Rwanda n’u Burundi kuko yakundaga kurema isoko ryo mu Cyarabu mu mujyi wa Huye kenshi.

    Ati “Nkanye nabyirutse mbona ko nta mupaka uhari, navukiye mu Kayanza ariko iminsi yose twakundaga kurema isoko i Butare [Huye]. Abanya-Kayanza n’abanya-Butare ndetse n’abanya-Gikongoro twaragenderanaga cyane.”

    Yakomeje avuga ko we ubwe akiri muto yiga mu mashuri abanza yakundaga kwirirwa mu Mujyi wa Butare.

    Ati “Ndibuka nkiri muto niga mu mashuri abanza nirirwaga mu mujyi wa Butare, ku munsi wo ku wa Gatandatu no ku Cyumweru ugasanga ni yo twirirwa ku mugoroba tugataha.”

    Guverineri Cishahayo yakomeje avuga ko ubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi wari ukimeze neza, hari Abanyarwanda benshi yibuka bajyaga mu Ntara ya Kayanza bisanzuye.

    Ati “Ndetse n’Abanyarwana ni uko, abenshi baremaga isoko mu Kayanza na za Ngozi. Ariko rero turifuza ko iyo migenderanire isubira.”

    Agaruka ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi wajemo agatotsi, yaciye umugani uvuga ngo ‘nta zibana zidakubitana amahembe’ avuga ko hagomba gukorwa ibishoboka byose umubano ukongera kuba mwiza.

    Yavuze ko ashingiye ku bushake bwa Politike hagati y’ibihugu byombi, abona ko kuzahura umubano biri mu nzira nziza.

    Ati “Nk’uko abayobozi bacu b’ibihugu byombi u Burundi n’u Rwanda bari kubikoraho, turabona ko biri mu nzira nziza. Turashima ko duheruka kubona umushyitsi Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard, ubwo yazaga mu birori by’ubwigenge twarishimye cyane. Abanya-Kayanza bakeneye ko imigengeranire yongera igakomeza nk’uko yahoze mbere.”

    Col Cishahayo yavuze ko yifuza ko umubano w’Intara ya Kayanza ayoboye n’uw’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda bihana urubibi uba mwiza ntihagire umugizi wa nabi ukora icyaha hamwe ngo ahungire ahandi.

    Yavuze ko muri ibi bihe akunda gutemberera ku mupaka w’ibihugu byombi by’umwihariko ku Kanyaru akareba uko hasigaye hameze.

    Ati “Nkunda gutembera ku Kanyaru dore ko hari umupaka mwiza, ariko kuri ubu uharebye ubona hateye agahinda. Iyo natembereyeyo abaturage baba bazi ko tuje gufungura umupaka ariko tukababwira ngo mwihangane tuzayifungura.”

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, Kayitesi Alice, yavuze ko ibyakozwe n’ubuyobozi bw’Intara ya Kayanza, ari ikimenyetso cy’uko umubano mwiza wahoze uranga ibihugu byombi uri kuzahuka.

    Ati “Iki ni ikimenyetso cyiza kigaragaza ubushake bwa politiki kugira ngo ibihugu byacu bikomeze bibane kandi neza. Icyo dusaba ni uko abaturage barekera aho gukomeza gukora amakosa yo kuba barenga imipaka kandi bitemewe, bihangane dutegereze icyo ubuyobozi bw’ibihugu byombi bizatumenyesha.”

    Abayobozi b’intara zombi basabye abaturage kubana neza birinda ibyaha kandi bakareka kwambuka imipaka mu buryo butemewe n’amategeko.

    Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wazambye mu 2015 ubwo Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida yatorerwaga manda ya gatatu, igakurikirwa n’imvururu no gushaka kumuhirika ku butegetsi.

    Igihugu cye cyakomeje gushinja u Rwanda kwakira abashatse guhirika ubwo butegetsi no kubashyigikira ngo basubire guhungabanya umutekano, ibintu u Rwanda rwamaganye rwivuye inyuma.

    U Rwanda kandi na rwo rwashinjaga u Burundi guha rugari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR igizwe na bamwe bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Icyo gihugu kandi cyagiye kiba inzira imitwe irimo FLN yakoreshaga mu kugaba ibitero ku Rwanda, byagiye bihitana inzirakarengane guhera mu 2018.

    Byari ibyishimo ku mpande zombi nyuma y’ibiganiro

    Guverineri Cishahayo Remy yijeje ko nta muturage we cyangwa undi wese mu Burundi uzava muri icyo gihugu agiye kugirira nabi u Rwanda

    Guverineri Cishahayo na Kayitesi bagiranye ibiganiro bigamije kunoza umubano w’intara zombi

    Cishahayo yavuze ko yibuka ibihe byiza yagiriye i Butare umubano ukimeze neza hagati y’ibihugu byombi

    Guverineri Kayitesi yavuze ko kuganira na mugenzi we wa Kayanza ari intambwe nziza mu kunoza umubano

    Basezeranyeho biyemeje gukomeza guhanahana amakuru

    [email protected]


  • Mubazi zigiye kongera gukoreshwa kuri moto mu mujyi wa Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyari cyatangijwe muri Kanama umwaka ushize ariko kiza gusubikwa kubera impamvu zitandukanye zirimo n’icyorezo cya Covid-19.

    Itangazo RURA yashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko icyo gikorwa kizatangira kuwa Mbere, tariki ya 09 Kanama 2021, gisozwe tariki ya 03 Nzeri 2021, kikaba kizakorerwa kuri sitade eshatu zo mu Mujyi wa Kigali.

    Abamotari babarizwa mu karere ka Gasabo bazakorerwa iki gikorwa kuri sitade Amahoro, ababarizwa mu karere ka Nyarugenge bazakorerwa iki gikorwa kuri sitade ya Kigali (Nyamirambo), naho ababarizwa mu karere ka Kicukiro bazakorerwa iki gikorwa kuri sitade ya Kicukiro iherereye muri IPRC-Kigali.

    RURA yagize iti “Iki gikorwa kirareba abamotari bose; abahawe mubazi barasabwa kuzigarura kugira ngo zikorerwe isuzumwa, naho abatazifite nabo barasabwa kwegera abatanga iyo serivisi kugira ngo bazihabwe kuko iki gikorwa nigisozwa nta mumotari uzemererwa gukora adafite mubazi kuri moto ye.”

    Uru rwego rwibukije abamotari bose ko mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, buri mumotari agomba kubanza kwegera koperative abarizwamo agahabwa gahunda y’igihe azahabwa iyo serivisi.

    Ni igikorwa RURA ivuga ko kizakorwa ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo; Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Minisiteri y’Ikoranabunga na Inovasiyo (MINICT), Polisi y’Igihugu (RNP), Umujyi wa Kigali, Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), ibigo byigenga bitanga serivisi za mubazi z’ikoranabuhanga birimo Yego Innovision, Pascal Technology na AC Group.

    Hari hashize iminsi abagenzi binubira ibiciro bya moto bihindagurika buri munsi bitewe n’uko umumotari abanza kwiyumvikanira n’umugenzi, hakaba ubwo mu gihe moto ari nke abagenzi bacibwa amafaranga menshi, bagahitamo kuyishyura kuko nta yandi mahitamo.

    Abagenzi bari bamaze iminsi binubira gucibwa amafaranga menshi kuri moto

  • Polisi yatangiye kubakira amacumbi abatishoboye mu Majyaruguru – #rwanda #RwOT

    Izi nzu ziri kubakwa imwe imwe muri buri karere, zizubakwa na Polisi ku bufatanye n’uturere ziri kubakwamo, aho buri nzu izaba ifite ibyumba bitatu n’uruganiriro ndetse n’ubwiherero n’igikoni byayo.

    Izo nzu zigomba kuba zuzuye bitarenze uku kwezi kwa Kanama 2021 zigashyikirizwa abo zubakiwe.

    Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’abaturage (Community Policing), mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Alex Ndayisenga, yavuze ko muri uku kwezi kwa Polisi, mu Ntara y’Amajyaruguru bazubakira amacumbi imiryango itanu ku bufatanye n’uturere, bakazanatanga amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba.

    Yagize ati “Ibikorwa bya Community Policing bikorwa mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi y’Igihugu buri mwaka. Byaratangiye. Mu Ntara y’Amajyaruguru tuzubaka inzu eshanu z’abatishoboye ndetse hakaba hari n’ibindi biteganijwe gukorwa byose bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.”

    “Turasaba abaturage ko mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bazagira uruhare rufatika n’ubufatanye mu bikorwa biteganijwe mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.”

    Mu kwezi kwahariwe Polisi, hakorwamo ibikorwa bitandukanye bigamije imibereho myiza n’iterambere ry’abaturage nk’aho mu mwaka wa 2019, Polsi yubakiye abatishoboye inzu zo guturamo 30 imwe imwe muri buri karere, yubatse kandi ibiro 6 by’imidugudu itaragaragayemo ibyaha binahabwa amashanyarazi.

    Muri 2019 kandi, Polisi y’Igihugu yatanze ubwisungane mu kwivuza ku miryango 3000, itanga imirasire y’izuba ku ngo 3000 ndetse yifatanya n’imbabare zari zikeneye amaraso kuko abapolisi 1000 batanze amaraso ku bushake.

    Biteganyijwe ko mu Ntara y’Amajyaruguru hazubakwa inzu eshanu z’abatishoboye

    Izi nzu ziri kubakwa zigenewe abatari bafite aho baba kubera amikoro make

    Muri uku kwezi hazanakorwa ubukangurambaga bugamije kurwanya ibyaha

  • Kwandikwa ku isoko ry’imari n’imigabane, kugabanya ibiciro: Rwandair igiye guhindura isura y’ubwikorezi muri Afurika – #rwanda #RwOT

    Icyakora, ni ibikorwa byagiye bikomwa mu nkokora n’ibibazo bitandukanye birimo ihangana rikomeye mu rwego rw’ingendo zo mu kirere n’ihungabana ryatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    Amafaranga akoreshwa kugira ngo iki kigo gikomeze ibikorwa byacyo, aturuka mu ngengo y’imari y’u Rwanda, ndetse nko mu ngengo y’imari y’umwaka ushize, Leta yari yashoyemo miliyari 145 Frw.

    Nubwo ibijyanye n’ingendo z’indege byakomwe mu nkokora muri iyi minsi, RwandAir ni ishoramari Leta idashobora kureka kuko rifasha ubukungu cyane. Nk’igihugu kidakora ku nyanja, RwandAir igira uruhare rufatika mu koroshya ingendo z’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo mu buryo bwihuse.

    Iki kigo kandi ni ingenzi mu gufasha ba mukerarugendo kugera mu Rwanda, ari na yo mpamvu mbere y’icyorezo cya Covid-19, ubukerarugendo bwari bumaze kugera ku mwanya wa mbere mu nzego zinjiriza igihugu amadovize menshi.

    Mu rwego rwo kucyongerera ubushobozi, Leta y’u Rwanda yatangiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya Qatar Airways, kiri ku mwanya wa mbere ku Isi mu bigo bitanga serivisi nziza zo gutwara abantu mu kirere.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, yabwiye CNBC ko ibiganiro byo guhuza ibi bigo byombi birimbanyije ku buryo Qatar Airways izahabwa imigabane ingana na 49% muri RwandAir.

    Yagize ati “Turacyari mu nzira zo kurangiza ibiganiro by’ubufatanye, aho Qatar Airways izafata 49% by’imigabane ya RwandAir, ibyo ntabwo biremezwa neza ariko turacyabiganiraho.”

    Hejuru y’icyorezo cya Covid-19, indi mpamvu ikomeye yari yadindije ibiganiro ku mpande zombi, ni uko Leta y’u Rwanda yari yabanje kumvikana na Qatar Airways ku bijyanye n’ikibuga cy’indege cya Bugesera, kandi amasezerano hagati y’impande zombi akaba yaramaze gusinywa, igikurikiyeho akaba ari amasezerano hagati y’ibigo by’indege by’ibihugu byombi.

    Ati “Ni urugendo rurerure, twari turajwe ishinga no kubanza kurangiza amasezerano yo kubaka ikibuga cy’indege, kandi twarayarangije ndetse imirimo yo kubaka irakomeje, aho Qatar ifite 60% by’ikibuga cy’indege cya Bugesera. Ubwo rero twarangije amasezerano areba ikibuga cy’indege, ubu turi gushyira imbaraga mu [kunoza amasezerano] hagati y’ibigo by’indege byombi. Byatindijwe n’icyorezo cya Covid-19 ariko ibiganiro birakomeje kandi biri kugenda neza.”

    Amakuru avuga ko imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera igeze hejuru ya 35% nyuma y’aho igishushanyo mbonera kivuguruye kibonekeye. Iki kibuga gifite agaciro ka miliyari 1.3$, kikazubakwa mu bice bibiri, byose bizarangira gifite ubushobozi bwo kwakira abantu miliyoni 14 ku mwaka, ibikigira kimwe mu bibuga by’indege binini mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

    Ni ubufatanye buzahindura ubwikorezi muri Afurika

    Muri Gashyantare 2020, ubwo Al Baker, Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways yatangazaga imikoranire mishya hagati ya RwandAir n’ikigo ayoboye, yatanze impamvu zatumye bashima imikoranire na RwandAir, avuga ko ‘ahantu igihugu kiri, umutekano n’uburyo cyorohereza ishoramari’, ari bimwe mu byabakuruye.

    Ku rundi ruhande ariko, Qatar Airways yanakuruwe cyane n’imbaraga Leta ishora muri RwandAir ‘ifatwa nka kimwe mu bigo biri gukurana ingoga ku Mugabane wa Afurika’.

    Nko mu 2013, RwandAir yatwaye abagenzi ibihumbi 408, baza kugera ku bihumbi 885 mu 2017 ndetse bikavugwa mbere ya Covid-19, iki kigo cyatwaraga abagenzi bakabakaba miliyoni ku mwaka. Ibijyanye n’amafaranga yinjira na yo yarazamutse kuko yavuye kuri miliyoni 91.6$ mu 2013, akagera kuri miliyoni 221.6$ mu 2018.

    Bitandukanye n’ibindi bigo bikora ubwikorezi bwo mu kirere ku Mugabane wa Afurika no hanze yayo, isoko ry’ibanze rya RwandAir, ni Afurika nyirizina. Mu byerekezo 26 bya RwandAir, bitandatu byonyine nibyo byerekeza mu mijyi iri hanze ya Afurika birimo icya Londres, Bruxelles, Tel Aviv, Dubai, Mumbai na Guangzhou mu Bushinwa.

    Nk’uko bigaragara, RwandAir ishyize imbaraga cyane mu kongera ibikorwa byayo ku isoko rya Afurika, ndetse Makolo yavuze ko iri soko rifite amahirwe menshi y’iterambere.

    Isoko rya Afurika ni isoko ritanga icyizere cyane mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere, kuko mbere y’umwaduko wa Covid-19, ryari ryitezweho kujya rizamuka ku kigero cya 5.9% buri mwaka mu myaka 20 iri imbere.

    Nubwo bimeze bitya ariko, Qatar Airways ntabwo yakunze kwita cyane ku isoko rya Afurika, kuko mu ngendo zirenga 170 ikora, 20 gusa nizo zerekeza muri Afurika, enye muri zo zikerekeza muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Ni mu gihe ibigo nka Turkish Airways bihanganye na Qatar Airways, bimaze gukuba gatatu umubare w’ibyerekezo bikoreramo ingendo muri Afurika, aho byavuye kuri 18 bikaba bimaze kugera kuri 56 mu myaka 10 ishize.

    Mu kiganiro aherutse kugira na Simple Flying muri Gicurasi, Al Baker yavuze ko Afurika ari isoko Qatar Airways iri kurebaho cyane, anaca amarenga ko ari imwe mu mpamvu bahisemo gukorana na RwandAir.

    Ati “Afurika ni wo mugabane ufite icyuho kinini mu bwikorezi bwo mu kirere, ndetse n’ibigo bihakorera bitanga serivisi mbi. Akazi kanjye ni ukubaka ikibuga cy’indege kigezweho ndetse no gufatanya na RwandAir maze tukabaha serivisi nziza zimeze nk’izo dutanga muri Qatar Airways.”

    Andi makuru avuga ko mu gihe impande zombi zakwemeranya amasezerano y’imikoranire, Qatar Airways ishobora guha cyangwa gukodesha indege kuri RwandAir, ibintu byazamura ubushobozi bwa RwandAir cyane kuko byakemura ikibazo cy’indege nke RwandAir ifite, aho itunze indege 12 gusa.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yavuze ko Afurika ari umugabane ufite amahirwe menshi mu bijyanye n’ishoramari mu by’ingendo z’indege

    Ubu buke bw’indege nibwo bwari bwatumye mu 2018, RwandAir yiyemeza kujya mu ikodesha-gurisha ry’indege enye zirimo ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737 MAX zari butangwe n’ikigo cya LAC ndetse n’izindi ebyiri zo mu bwoko bwa Airbus A330neos zagombaga gutangwa n’ikigo cya SMBC Aviation Capital gicuruza kikanakodesha indege.

    Mu mwaka ushize ariko, nibwo RwandAir yatangaje ko iby’ayo masezerano byahagaritswe, bitewe n’uko mu biganiro byari kuba hagati ya RwandAir na Qatar Airways, byari bikubiyemo n’uburyo icyo kigo cyakodesha indege kuri RwandAir, nk’uko Umuyobozi Mukuru wayo, Yvonne Makolo, yabitangarije Flight Global.

    Ku rundi ruhande ariko Makolo yavuze ko RwandAir iticuza icyo cyemezo yafashe cyo kureka kugura izo ndege, kuko n’ubundi icyorezo cya Covid-19 cyagabanyije ibikorwa by’ingendo zo mu kirere, ku buryo nka RwandAir iri gukora ku bushobozi buri munsi ya 50% by’ubwo yakoreragaho mbere ya Covid-19.

    Yagize ati “Kubera impamvu zitandukanye, byabaye ngombwa ko duhagarika ibikorwa byo kugura indege twateganyije, kandi ni ibintu byiza kuko zakabaye ziparitse muri ibi bihe bya Covid-19, ariko turi gushyira imbaraga mu kongera gukuza ibikorwa byacu, rero ingendo nizongera gufungura mu buryo bwuzuye, tuzareba niba dushobora kongera kugura izindi ndege, bishingiye ku buryo isoko rizaba riteye.”

    Andi makuru ariko yemeza ko icyemezo cya RwandAir cyo guhagarika igurwa ry’izo ndege, gishobora kuba gifitanye isano n’amasezerano ari kuganirwaho hagati y’impande zombi, cyane ko na Qatar Airways ifite indege 235, isanzwe ikora ibi bikorwa byo gutiza indege, ndetse yewe ikigo cya Air Italy cyari gisanzwe gikoresha indege za Qatar Airways kikaba giherutse gufunga imiryango, kuko hari indege nyinshi zo gukodesha ibindi bigo.

    Birumvikana ko mu gihe amasezerano ku mpande zombi yakwemeranywaho, byagira inyungu kuri buri umwe kuko Qatar Airways yabyaza umusaruro indege ifite zitabyazwa umusaruro mu buryo bwuzuye, mu gihe RwandAir yabona indege ikeneye mu rugendo rwo kwagukira mu bindi bice by’Isi.

    Ikindi gishobora guhindura ibintu ni uko imikoranire y’ibigo byombi ishobora gufasha RwandAir kugabanya ibiciro by’itike z’indege zayo, bikiyongeraho ko ari kimwe mu bigo bizwiho gutanga serivisi nziza, byose bikaba bishobora kuba imbogamizi ku bigo bikora ingendo zo mu Karere ka Afurika y’Iburasizuba. Ibi byose bije byiyongera ku kibuga cy’indege kigezweho, ndetse n’umubare w’indege za RwandAir wariyongereye, nta kabuza ko byatanga ihangana rikomeye ku bigo bisanzwe bitwara abantu n’ibintu mu kirere.

    RwandAir yari isanzwe ifite umugambi wo gukuba kabiri indege zayo mu myaka itanu iri imbere.

    Ni ryari RwandAir izatangira kunguka?

    Yvonne Makolo yavuze ko nubwo RwandAir itaratangira kunguka, hari icyizere ko ibi bizagerwaho kuko isoko rya Afurika riri kwaguka cyane.

    Yagize ati “Mfite icyizere cyinshi cyane, isoko rya Afurika ntabwo rirabyazwa umusaruro neza, kandi ntekereza ko nubwo hari ibigo bindi bitwara abantu mu ndege, turacyafite imijyi myinshi itagira ingendo ziyihuza. Mu by’ukuri hari amahirwe menshi.”

    Yongeyeho ko ubwiyongere bw’ubucuruzi buturutse mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika, ari indi ntambwe izaganisha ikigo ayoboye mu kubona inyungu.

    Ati “Imbogamizi muri Afurika ni imbogamizi y’ibiciro biri hejuru mu gukora ibikorwa byacu, ariko ntekereza ko kubera ibiganiro biri kuba hagati y’ibihugu bitandukanye, ibi biciro bishobora kuzamanuka, cyane cyane ku bijyanye n’imisoro, ibijyanye no kongera amavuta mu ndege aho hari itandukaniro rinini ku biciro byo ku Mugabane wa Afurika ugereranyije n’indi migabane, rero nizera ko ibintu bizahinduka. Mfitiye icyizere isoko rusange rya Afurika, kuko rizongera ubucuruzi hagati y’ibihugu, kandi ibyo bikazongera ingendo z’abantu n’ibintu muri Afurika.”

    RwandAir ku isoko ry’imari n’imigabane?

    Makolo yavuze ko mu myaka iri imbere, RwandAir ishobora kuziyandikisha ku isoko ry’imari n’imigabane, ariko avuga ko atari ibintu byakorwa uyu munsi binajyanye n’ibihe bikomeye urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere buri gucamo.

    Ati “Icyo si icyemezo nafata, ni ikintu abafatanyabikorwa bacu bazafataho icyemezo. Ndizera ko ari ibintu bishoboka mu gihe kiri imbere, wenda ubu si igihe cyiza bitewe n’ibihe urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere rurimo, ariko mu bihe biri imbere ni ibintu bishoboka.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko kuri ubu ibihugu bidakwiye gusaba abantu kwikingiza kugira ngo babone kongera gukora ingendo zo mu kirere, bitewe n’uko ibihugu byose, cyane cyane ibyo muri Afurika, bitabonye uko bitanga inkingo zihagije.

    Ati “Sintekereza ko ari igikwiye gushingirwaho mu gusubukura ingendo, cyane cyane bijyanye n’uburyo Umugabane wa Afurika watanze inkingo nke, ziri munsi ya 2% by’abawutuye, ariko ntekereza ko ibihugu bishobora gufungura kandi mu buryo budakwirakwiza icyorezo, binyuze mu kwemerera abaturage bikingije ariko bakanemerera abandi baturage bafite icyangombwa cy’uko nta bwandu bwa Covid-19 bafite.”

    Yakomeje agira ati “ Ibi byarakozwe mu Rwanda kandi bitanga umusaruro mwiza, rero sintekereza ko icyangombwa cy’uko umuntu yakingiwe ari cyo cyonyine gikwiye kwemerera abantu gusubukura ingendo.”

    RwandAir isanzwe ikorera ingendo mu byerekezo 26 ariko mu ntangiriro z’uyu mwaka iki kigo cyatanze impapuro zisaba guhabwa uburenganzira bwo gukora ingendo ziva Kigali, zikanyura i Accra muri Ghana, mbere yo kwerekeza i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    RwandAir yitezweho kuba imwe muri sosiyete z’indege zitanga icyizere mu myaka iri imbere

  • RDF yivuganye abarwanyi bane muri Mozambique, iri gusatira ibindi birindiro by’inyeshyamba – #rwanda #RwOT

    Aka gace gaherereye mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ya Mozambique, kari mu bilometero 10 kugira ngo ugere mu Karere ka Macimboa da Praia ari naho hari icyicaro cy’imitwe y’iterabwoba yazengereje iyo ntara.

    Icyo cyicaro ni cyo iyo mitwe yifashisha mu kujya mu bindi bihugu birimo Tanzania.

    Muri iyo mirwano, ingabo z’u Rwanda zishe abarwanyi bane, hafatwa imbunda enye za RPG, eshatu za SMG n’ibindi bikoresho birimo inyandiko.

    Uvuye ku Kibuga cy’Indege cya Afungi kigenzurwa na Polisi y’u Rwanda kugera aho imirwano yabereye, harimo ibilometero 65. Abarwanyi bakuwe mu birindiro ako gace kiyongera ku tundi turi mu maboko ya RDF.

    Kugira ngo Ingabo z’u Rwanda zigere mu gace ka Macimboa de Praia hasigaye ibirometero icumi.

    Mbere yo gufata ” 1st May” yabereyemo imirwano, Ingabo z’u Rwanda zari zanyuze ahitwa Njama.

    Ubu Ingabo z’u Rwanda ziri kugenzura n’ahitwa “Quelimane 2” aho zikoresha nk’ibirindiro mu bizifasha mu rugamba.

    Inzira ya Afungi ni imwe muri ebyiri ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique bakoresheje ngo bagere mu mujyi wa Mocimboa da Praia ufatwa nk’indiri y’inyeshyamba.

    Kuri ubu abasirikare bamwe barwana baturutse mu ruhande rumwe, abandi mu rundi ku buryo bose bazahurira ahantu hamwe.

    Iya mbere ni iya Afungi unyuze Palma ugana Mocimboa da Praia mu gihe iya kabiri ari ihera Mueda igakomereza Awasse na yo igera Mocimboa da Praia.

    Izo ngabo nizimara guhurira muri ako gace, ikizaba gikurikiyeho ni ukugenzura ibice byose by’intara, hanyuma abaturage bagatangira gusubizwa mu byabo nta nkomyi.

    Mu ntangiriro za Nyakanga uyu mwaka ni bwo ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique nyuma y’ubusabe bwa Perezida w’icyo gihugu, Filipe Nyusi.

    Byari byitezwe ko izi ngabo zifatanya n’iz’Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) ariko iza SADC zatinze kuhagera na nyuma yo kuhagera ntiziratangira gutanga ubufasha.

    Aka gace kazwi nka 1st May kamaze kwirukanwamo inyeshyamba

  • Turabona ko vuba imigenderanire y’u Burundi n’u Rwanda izasubira – Guverineri w’Intara ya Kayanza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri w
    Guverineri w’Intara ya Kayanza mu Burundi, Col. Remy Cishahayo

    Yabibwiye Abanyarwanda n’Abarundi bari bitabiriye umuhango wo gushyikiriza Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, Alice Kayitesi, Abanyarwanda barindwi bafatiwe mu Burundi, hamwe n’inka y’Abanyarwanda Abarundi bari baratwaye, tariki 6 Kanama 2021.

    Yagize ati “Perezida wacu w’u Burundi, Gen. Major Evariste Ndayishimiye, hamwe na Gen. Paul Kagame, twarumvise yuko bariko babitegura neza, turabona ko vuba imigenderanire izosubira”.

    Guverineri Cishahayo anavuga ko abaturiye inkiko z’ibihugu byombi bifuza ko imipaka hagati y’u Rwanda n’u Burundi yakongera gufungurwa, kuko aho yafungiwe byabangamiye ubuhahirane.

    Yafatiye urugero ku mupaka w’Akanyaru agira ati “Kuri ‘frontière’ y’Akanyaru, ni ukuri uhagiye harababaje cyane. Nkunda kujyayo, abanyagihugu cyangwa abaturage bakaza ari benshi, bibaza ngo wenda tugiye gufungura, ukabona ko babyishimiye cyane, ariko tukabahumuriza tukababwira tuti mwihangane gato, tuzafungura”.

    Yunzemo ati “Ni umupaka ukomeye cyane, kandi abaturage benshi, amamodoka yo ku rwego mpuzamakungu, twizera yuko vuba aha, ni ukuri iyo mipaka izafungurwa”.

    Guverineri Kayitesi na Cishahayo ku mupaka w
    Guverineri Kayitesi na Cishahayo ku mupaka w’u Rwanda n’u burundi

    Col. Cishahayo anavuga ko na we akiri muto ku wa Gatandatu no ku Cyumweru yirirwaga mu mujyi wa Butare, ku mugoroba agataha, kandi n’Abanyarwanda bakundaga kurema isoko mu Kayanza na Ngozi.

    Ati “Turashaka ko iyo migenderanire isubira. Ngo ntazibana zidakomanya amahembe ni ko mu Kirundi iwacu tubivuga, ariko turashaka yuko nk’uko abayobozi b’ibihugu byacu, u Burundi n’u Rwanda barimo kubikora, turabona yuko biri mu nzira nziza”.

    Abanyarwanda bamwumvise bashimishijwe n’icyizere cy’uko imipaka yakongera gufungurwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi, kuko ngo ari ho bari basanzwe bahahira, bakaba bafite na bene wabo batari bakibasha kubonana kuko batuye hakurya y’umupaka.

    Florida Ahishakiye utuye mu Murenge wa Ruheru ati “I Burundi dufiteyo abavandimwe, kandi twarahahahiraga. Ubwo urumva ko hari icyo twari twarahombye. Twakuragayo imyenda, imyumbati, ibishyimbo n’ibindi”.

    Uwitwa Nkundimana na we utuye mu Murenge wa Ruheru ati “Nkatwe dutuye hano tuba twaragiye dushyingirana n’Abarundi. Biradushimisha iyo tubona ibiganiro hari aho bigera, buriya wenda amaherezo byazagera aho imipaka igakingurwa tukongera tukagenderanirana nk’uko byari bisanzwe. Hariyo ba masenge, ba databukwe, abantu benshi cyane”.

    Abana bafatiwe i Burundi nta kabuza ko na bo bazishima imipaka niyongera gufungurwa kuko muri rusange bavuga ko bari bagiye gushakayo imari, abandi imyambaro, cyane cyane bagendeye ku kuba hari Abarundi babonye mu Rwanda, babona ntacyo babatwaye bakibwira ko na bo ari ko bizabagendekera nibajya i Burundi.

    Muri bo hari uvuga ko yafashwe yagiye gushakayo injyamani agurisha mu isoko rya Gatunda, undi kurangura amacunga, undi kugura ipantalo yo kwambara kuko ngo mu Burundi zihendutse.