Tag: featured

  • Akinwumi Adesina yashimye ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Abinyujije ku rubuga rwa twitter, Dr Adesina yashimiye byimazeyo ingabo z’u Rwanda ku bwo kubohoza ago gace.

    Ati “Nta mutekano, nta terambere rishobora kubaho. Ndagushimiye Perezida Kagame ku bw’imiyoborere yawe itangaje kandi irangwa n’ubwitange.”

    Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kwirukana imitwe yitwaje intwaro muri Mozambique n’uduce yigaruriye tukabohozwa bitari ishema kuri icyo gihugu gusa, ahubwo no kuri Afurika muri rusange.Ati “U Rwanda rwongeye gushimisha Afurika.”

    Kuva saa tanu zo kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Kanama 2021, ni bwo ingabo z’u Rwanda zasoje urugamba rwo kubohoza Mocímboa da Praia yari imaze imyaka hafi itanu yarigaruriwe n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro.

    Hihutiwe gufatwa Ikibuga gito cy’Indege n’icyambu gikomeye cyo muri aka gace, ku buryo mu gihe gito hongera gukoreshwa.

    Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, Brig Gen Muhizi Pascal, yabwiye IGIHE ko icy’ingenzi kwari ugukura umwanzi aho yashyize ibirindiro hanyuma hagakurikiraho kumuhiga aho aherereye.

    Yagize ati “Aha ni ho mu karere ka Mocímboa, ni cyo cyari icyicaro cy’umwanzi, ni ho yari afite ubuyobozi, ni ho yari yarigaruriye. Ibyo yakoraga byose agaba ibitero ni aha yagarukaga ku birindiro bye. Ni umujyi yari yarabohoje abamo igihe kirekire kirenga imyaka itanu.”

    Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique mu ntangiriro za Nyakanga 2021 ku busabe bwa Perezida w’icyo gihugu, Filipe Nyusi. Intego yari iyo kwirukana imitwe y’iterabwoba imaze imyaka ihungabanya umutekano waho.

    Hari hitezwe ko zifatanya n’iz’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) ariko zo zatinze kuhagera zinahageze ntizahita zitangira gutanga ubufasha.

    Dr Akinwumi Adesina, yavuze ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zongeye kugarurira Afurika akanyamuneza kubera ibikorwa byazo muri Mozambique

    Nyuma yo gufata Mocímboa da Praia muri Mozambique, ingabo z’u Rwanda zahakajije umutekano

  • Gasabo: Umuhindekazi yishyuriye ubukode bw’inzu imiryango yashegeshwe na Guma mu rugo – #rwanda #RwOT

    Ubufasha bwashyikirijwe iyo miryango bugizwe n’ibiribwa birimo umuceri, isukari, ifu y’igikoma na kawunga. Imiryango ibiri yashyikirijwe ubukode bw’inzu bw’amezi atandatu mu gihe imiryango ine yahawe ubw’amezi atatu.

    Milcah Aziz yavuze ko iyo nkunga batanze ari impano umuryango we bwite wiyemeje gushyikiriza abagizweho ingaruka na Guma mu rugo atari inkunga yakusanyijwe n’ibigo by’amashuri ayoboye.

    Yagize ari “Gutanga bifungura imiryango y’imigisha n’amahirwe biva ku Mana. Ntabwo gusa byerekena urukundo ku Mana ahubwo bituma imigisha isakara mu buzima bwacu. Biranditse ko Imana izatwitaho natwe nitwika ku bakeneye ubufasha.”

    Imiryango yakiriye ubufasha yahurije ku kuba igiye kubwifashisha mu gihe iri kwisuganya ishaka ibyangombwa nkenerwa nyuma y’ingaruka z’ubukene no kubura amikoro yatewe na Guma mu rugo nk’imwe mu ngamba zo guhangana na COVID-19.

    Milcah Aziz ni umuyobozi w’amashuri abiri y’incuke arimo Blooming Buds School rikorera ku Kacyiru na Little Flowers school riherereye mu Kiyovu ho mu Mujyi wa Kigali. Imyaka isaga 11 amaze mu Rwanda n’umuryango we avuga ko ari umugisha kuba mu muryango Nyarwanda.

    Ibiribwa byashyikirijwe imiryango yo mu Mudugudu wa Karubimbura, Akagari ka Nyamugari mu Murenge wa Gatsata

    Milcah Aziz yavuze ko iki ari igikorwa cy’umuryango we

    Umuhindekazi Milcah Aziz yahaye imiryango itandatu ubufasha bw’ubukode bw’inzu

    Uyu Muhindekazi yaherekejwe n’abo mu muryango we

    Mu byatanzwe harimo n’ibiribwa bitandukanye byahawe imiryango yagizweho ingaruka n’ingamba zo guhangana na Coronavirus

  • Rutsiro: Uruhinja rwarokotse inkuba yahitanye se na nyina – #rwanda #RwOT

    Iyi nkuba yakubise mu mvura nyinshi yaguye ahagana saa Yine zo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, tariki ya 8 Kanama 2021.

    Muhawenimana Samuel w’imyaka 27 n’umugore we witwa Nyiramasengesho Verene w’imyaka 25 bakubitiwe n’inkuba mu nzu iherereye mu Mudugudu wa Gisunzu, Akagari ka Rurara, Umurenge wa Mushonyi.

    Aba bombi bari baryamanye n’umwana wabo muto w’imyaka ibiri ariko we ntiyapfuye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi, Mwenedata Jean Pierre, yemeje aya makuru avuga ko imirambo y’aba bombi itegerejwe kujyanwa mu Bitaro bya Murunda ngo ibanze ikorerwe isuzuma.

    Ati “Amakuru yamenyekanye mu gitondo ubwo umwana wabo wari uryamye mu kindi cyumba witwa Uwituze Daniel w’imyaka itandatu yabyutse abona batakinguye ajya gutabaza abaturanyi basanga bashizemo umwuka.”

    Yasabye abaturage kurushaho kwirinda inkuba bacomokora ibikoresho by’ikoranabuhanga, bakirinda kubikoresha igihe cyose imvura irimo kugwa no kwibuka gushyira imirindankuba ku nzu zabo.

    Ba nyakwigendeta basize abana babiri b’imfubyi ndetse ubuyobozi bugiye kureba uko hari umuntu wo mu muryango wabo wabasigarana.

    Mu Murenge wa Mushonyi mu Kagari ka Rurara, Umudugudu wa Kashishi muri iri joro inkuba yakubise inka y’imbyeyi y’umuturage witwa Sentoki Valens ihita ipfa.


  • Amb. Mukangira yashyikirije Perezida wa Maldives impapuro zimwemerera guhagararirayo u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Mukangira yakiriwe mu biro by’Umukuru w’Igihugu wa Maldives kuri uyu wa 8 Kanama 2021, nyuma yo kugirana ibiganiro n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga y’icyo gihugu, Ahmed Khaleel.

    Minisitiri Ahmed Khaleel kandi ni we wabanje kwakira kopi z’impapuro zisabira Amb Mukangira guhagararira u Rwanda muri iki gihugu kibarizwa mu Majyepfo ya Aziya, mu Nyanja y’u Buhinde.

    Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ya Maldives yatangaje ko Minisitiri Abdulla Shahid na Amb Mukangira bagiranye ibiganiro byibanze ku kunoza umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.

    Itangazo ry’iyi minisiteri rigira riti “Bombi bashimangiye ko mu izina rya guverinoma bahagarariye bazakomeza gukorana bya hafi mu kongera imbaraga mu mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye.”

    Minisitiri Khaleel yavuze ko ari iby’ingenzi gukomeza kugirana ibiganiro hagati y’ibihugu byombi biganisha ku bufatanye mu ngeri zirimo gutwara abantu n’ibintu, uburobyi, ubuhinzi n’ubukerarugendo.

    U Rwanda na Maldives bisanzwe bifitanye amasezerano mu bya dipolomasi yashyizweho umukono muri Nzeri 2019, aho ibihugu byombi byagaragaje ko byifuza gukorana no kunoza imibanire yabyo n’abaturage b’ibi bihugu.

    Muri Nyakanga 2019 kandi Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye uwabaye Perezida wa Maldives, Mohamed Nasheed, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi.

    Maldives yabonye ubwigenge mu 1965 ibukomoye ku Bwongereza. Ni igihugu giherereye mu Nyanja y’Abahinde kigizwe n’imisozi 1000, ibintu gisangiye n’u Rwanda.

    Ubukerarugendo n’uburobyi biri mu byatumye ubukungu bwa Maldives butera imbere mu myaka ishize, byatumye iva mu bihugu byari mu nzira y’amajyambere mu 1965 ubu ikaba iri mu bihugu bifite ubukungu buciriritse.

    Maldives ifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 298 ariko igice kinini gikozwe n’amazi mu Nyanja y’Abahinde, umusaruro mwinshi uva mu burobyi no mu bukerarugendo. Imibare iheruka igaragaza ko gituwe n’abaturage 530.953.

    Amb Mukangira yashyikirije Perezida wa Maldives impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu

    Abayobozi ku mpande zombi banagiranye ibiganiro byibanze ku buryo bwo kunoza umubano w’u Rwanda na Maldives

    Ambasaderi Mukangira Jacqueline yakiriwe i Maldives

  • Rubavu: Abantu batatu bafatanwe udupfunyika 3,076 tw’urumogi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni Habarugira Theoneste w’imyaka 30, Mahoro Chance w’imyaka 27 yafatanwe udupfunyika 2,000 bafatirwa mu Murenge wa Rubavu Akagari ka Gikombe, na ho Nshimiyimana Alexis w’imyaka 26 yafatanwe udupfunyika 1,076 afatirwa mu Murenge wa Rugerero, Akagari ka Rugerero, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polizi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bari bafite amakuru bahawe n’abaturage ko Nshimiyimana akwirakwiza urumogi.

    Ati “Abapolisi bo mu ishami rya ANU babonye amakuru ku wa Gatandatu tariki ya 7 Kanama 2021, ko Nshimiyimana akwirakwiza urumogi mu bacuruzi barwo bato. Hatangiye igikorwa cyo kumushakisha afatwa ahagana saa tanu z’amanywa afatanwa udupfunyika tw’urumogi 1,076”.

    CIP Karekezi akomeza avuga ko gufatwa kwa Nshimiyimana kwabaye intandaro yo gufata Habarugira na Mahoro, uyu Habarugira ni na we mucuruzi mukuru kuko we ajya kurukura mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo anyuze mu nzira zitazwi.
    Nshimiyimana akaba yari umukozi wa Habarugira, yari kumuhemba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10 nyuma yo kugeza urumogi ku bakiriya.

    CIP Karekezi yagize ati “Biturutse ku makuru ya Nshimiyimana abapolisi bagiye mu Murenge wa Rubavu gushaka Habarugira, bakiri mu nzira bahura na Mahoro Chance bamusangana udupfunyika tw’urumogi 2000. Mahoro na we yavuze ko yari arukuye kwa Habarugira na we ngo yari kumuhemba amaze kugeza urumogi ku bakiriya”.

    Habarugira na we yahise afatwa, aba bose bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimiye abaturage ku bufatanye bagaragaza mu kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge. Yavuze ko amakuru batanga yorohereza Polisi kurwanya uruhererekane rw’abakwirakwiza n’abakoresha ibiyobyabwenge. Yaburiye abantu bakigaragara mu bikorwa byo kwijandika mu biyobyabwenge ko Polisi y’u Rwanda itazigera ihwema kubarwanya, abagira inama yo kubivamo bakareba indi mirimo bakora ibateza imbere.

    Iteka rya Minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

  • Urugo rw’Abahinde baba mu Rwanda rwiyemeje kugabanya ku mushahara rukagaburira abatishoboye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bashyiraga abaturage ibiribwa mu ngo
    Bashyiraga abaturage ibiribwa mu ngo

    James Aziz n’umuryango we bavuye mu Buhinde baza gutura mu Rwanda mu mwaka wa 2011 ari abantu basanzwe (nk’uko yabisobanuye), ariko mu Rwanda ngo bahagiriye umugisha wo gucuruza bunguka ku buryo ngo bakwiye gusangira n’abatishoboye.

    Aziz afite ikigo gikora kikanacuruza ibijyanye n’ikoranabuhanga, uwo bashakanye Milcah Grace Aziz na we akagira ishuri ryigenga, byose bakaba barabishinze kuva aho baziye mu Rwanda mu myaka 10 ishize.

    Kuri iki Cyumweru urwo rugo rwatanze ibiribwa bizamara iminsi irindwi ku miryango itishoboye 20 ituye mu Gatsata mu karere ka Gasabo, ikaba yaratakaje akazi kubera gahunda zijyanye no kwirinda Covid-19.

    James Aziz agira ati “Uyu murimo (wo gufasha abantu) twatangiye kuwukora mu mwaka wa 2013. Imana yaturemye twese tungana, niba hari icyo mfite mba ngomba kuguhaho, nta kintu twakoze kugira ngo tube dufite ibiruse iby’abandi, ni ubuntu bw’Imana twagiriwe”.

    Umwe mu baturage Umuryango wa Aziz wahaye ibiribwa
    Umwe mu baturage Umuryango wa Aziz wahaye ibiribwa

    Avuga ko urugo rwe rwiyemeje kugira umuco wo kwigomwa amafaranga ku mushahara rubona, ndetse no kujyana abana mu gihe rugiye gutanga ibiribwa ahantu hose bumvise abashonje, kugira ngo na bo bazakurane uwo murage.

    Albina Shannon Aziz, umwana wabo w’umukobwa w’imfura ufite imyaka 15 y’ubukure, ubu yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, ariko ngo ntabwo azatezuka ku murage w’ababyeyi be.

    Shannon yagize ati “Ubu nta mafaranga mfite ariko wenda mu gihe kizaza nzakomeza urugendo ababyeyi banjye batangiye, kuko Imana ntabwo yabahamagaye bonyine ahubwo yahamagaye urugo rwose”.

    Urwo rugo rwirinze kuvuga amafaranga ruzajya rwigomwa buri kwezi ariko imiryango 20 rwahaye ibiribwa kuri iki cyumweru ngo ruzakomeza kuyitaho mu gihe kingana n’amezi ane, nyuma yaho rwongere gutangira gufasha abandi gutyo gutyo.

    Urugo rwa Aziz rusaba undi muntu wese ufite umutima ukunze abandi, guhoza ku mutima abantu batishoboye bari hirya no hino ku isi.

    Milcah Grace Aziz ahamagarira abandi babishoboye gutanga ibiribwa ku baturage
    Milcah Grace Aziz ahamagarira abandi babishoboye gutanga ibiribwa ku baturage

    Imiryango yahawe ibiribwa ndetse n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu Gatsata, ntacyo bifuje gutangaza ku bijyanye n’ubufasha butangwa n’umuryango wa Aziz.

    Uyu muryango watanze ibiribwa ku badafite akazi muri iyi minsi imirimo imwe n’imwe yahagaze, bigizwe n’umuceri, isukari, ifu y’igikoma ndetse n’ifu y’ibigori (kawunga).

    Uretse kugaburira abantu rukeka ko batishoboye, urugo rwa Aziz rumaze no gushyiraho amashuri atatu y’incuke ahendukiye benshi (asaba amafaranga y’ishuri atarenze ibihumbi 20), mu rwego rwo gufasha abana bakomoka mu miryango y’amikoro make kubona aho biga.

  • Gisagara: Urubyiruko rwasannye umuhanda rukoresheje uburyo budasanzwe (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Uwo muhanda wa metero 200 uherereye mu Murenge wa Gishubi bawusannye bifashishije ikoranabuhanga rya ‘Do-nou’ aho bafata imifuka bagashyiramo itaka mu buryo bungana bagatsindagira ku buryo usigara ukomeye utapfa kwangirika.

    Uru rubyiruko rwasannye n’iteme ryari ryarangiritse rurikora mu buryo bukomeye ku buryo imodoka irinyuraho.

    Uko ari abakobwa 20 n’abahungu 30 bigishijwe n’umushinga wo mu Buyapani witwa CORE (Community Road Empowerment). Urwo rubyiruko rusanzwe rukora ibikorwa byo gutunganya imihanda ariko nta bumenyi buhagije rwari rufite.

    Habineza Patrick avuga ko usibye gusana uwo muhanda no kubaka iteme rihari, bungutse n’ubumenyi buzabagirira akamaro.

    Ati “Amateme twajyaga dukora ni ayoroheje mu buryo busanzwe kuko nta bumenyi twari dufite bwo kuyakora neza ndetse no gukora imihanda muri ubu buryo bwa Do-nou ntabwo twari tubizi. Urumva ko ubwo bumenyi nungutse ntazabwicarana.”

    Namubonye Zaina na we yavuze ko yungutse kumenya gukora imihanda neza, asaba akarere kujya kabaha ibiraka bagakora itakiri nyabagendwa.

    Ati “Mu karere kacu hari imihanda ijya yangirika kubera ibiza biterwa n’imvura, icyo dusaba ubuyobozi ni uko bwajya buduha ibiraka byo kuyisana dukoresheje ubu buryo kuko butuma umuhanda ukomerera ntupfe kwangirika.”

    Umukozi ushinzwe Amahugurwa muri CORE, Ntakirutimana Obed, yavuze ko gusana uwo muhanda no kuba iteme rihari byatwaya agera kuri miliyoni 6 Frw kuko buri umwe muri urwo rubyiruko yahawe ibihumbi 6 Frw ku munsi.

    Ati “Aha twahakoze mu minsi 10, kandi tubariyemo amafaranga y’insimburamubyizi yagiye ahabwa urubyiruko kimwe n’ibyo kurya bahabwaga bari ku kazi, ndetse no kuzana ibikoresho, urebye byatwaye amafaranga abarirwa muri miliyoni esheshatu.”

    Yemeza umuhanda wakozwe mu buryo bwa Do-nou uba ukomeye ku buryo ushobora kumara imyaka itanu utongeye kwangirika.

    Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe Imirimo Rusange (Division Manager) mu Karere ka Gisagara, John Dede, yavuze ko ubwo buryo urubyiruko rwigishijwe buhendutse ku buryo bagiye kujya babwifashisha mu gusana imihanda.

    Yavuze ko ubusanzwe mu kuba iteme nk’iryo ryo mu kabande no gusana umuhanda wangiritse ureshya na metero 200 bitwara amafaranga atari munsi ya miliyoni 80 Frw ubariyemo n’imisoro.

    Ati “Ubwenge babahaye turaza kujya tubwifashisha mu buryo butandukanye, urugero nk’amateme agenda yangirika. Ubwo dufite na kompanyi zigera ku icyenda z’urubyiruko zatsindiye amasoko yo kuzajya zisana imihanda yangiritse, tuzabahuza ku buryo hazajya hakoreshwa n’ubu bumenyi bidatwaye amafaranga menshi.”

    Kugeza ubu abongerewe ubumenyi ni abo mu Mirenge ya Ndora, Gishubi na Muganza.

    Abasore 30 n’inkumi 20 ni bo bigishijwe gusana imihanda no kubaka amateme mu Karere ka Gisagara

    Bawusannye bifashishije ikoranabuhanga rya Do nou aho bafata imifuka bagashyiramo itaka mu buryo bungana bagatsindagira ku buryo umuhanda usigara ukomeye utapfa kwangirika

    Bigishijwe no kubaka amateme mu buryo bukomeye

    Ibikoresho bitandukanye bifashisha mu gusana imihanda

    Mbere y’uko uyu muhanda ukorwa ntabwo wari nyabagendwa

    Mu gusana imihanda bakoresha n’amazi kugira ngo ikomere

    Nyuma yo kubaka iteme mu buryo bukomeye hahise haba nyabagendwa

    Ubwo ibikorwa byo gusana uyu muhanda byari birimbanyije

    Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rwasannye umuhanda wangiritse rukoresheje uburyo budasanzwe uba nyabagendwa mu minsi 10

    Uyu muhanda utarasanwa ibinyabiziga byagorwaga no kuwunyuramo

    [email protected]


  • Umuriro wa RDF i Cabo Delgado; inkuru y’aho urugamba rwahindiye (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe, Intara ya Cabo Delgado ni agace rwose katari kabereye kumvamo imirwano [nubwo ntaho ibereye] ariko urebye ubwiza nyaburanga bwaho ntiwakwifuza kubona ibiri kuhabera.

    Agace gafite Inyanja y’Abahinde umuntu yariraho ubuzima akumva uko abaye, henshi nta muntu uhatuye. Na bake bahari, batunzwe n’imyumbati gusa, barara muri nyakatsi ubundi bakisegura akarago hasi ku mucanga.

    Ibyo ni ibyo nakubwira muri make, Revenons à nos moutons.

    Kuri uyu wa Gatandatu, nabashije kugera mu Ntara ya Cabo Delgado neza mu gace ka Afungi. Ubwo Ingabo z’u Rwanda zahageraga mu ntangiriro za Nyakanga, zagabwemo amashami, zimwe zitangira urugamba zinyuze Afungi-Palma.

    Kimwe mu bikorwa zahereyeho ni ugufata Ikibuga cy’Indege cya Afungi, ubu kigenzurwa amanywa n’ijoro na Polisi y’u Rwanda hanyuma zikomeza imbere mu tundi duce nka Mute, Mapalanganha, Namalala, Tete, Quelimane, Njama zigana Mocimboa da Praia ahafatwa nk’icyicaro gikuru cy’imitwe y’iterabwoba.

    Mu rugamba rwo kuri uyu munsi, zari zigeze ahitwa “1st May”, mu rugamba rwatangiye mu masaha y’igitondo ndetse amakuru nakururaga mu bo twari kumwe ahagana saa Saba, ni uko “abarwanyi” batangiye kwicwa.

    Umwe mu basirikare twaganiriye, yambwiye ko mu nzira igana muri ibyo bice ‘n’ubu iyo uri kuhanyura’ uhasanga imirambo. Hishwe abarwanyi bane, hafatwa imbunda n’ibindi bikoresho bari zifite.

    AMAKURU MASHYA: Kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo z’u Rwanda zishe abarwanyi bane mu gitero zagabye ahitwa “1st May” mu bilometero 10 kugira ngo ugere mu Karere ka Macimboa da Praia ari na ho hari icyicaro cy’imitwe y’iterabwoba. pic.twitter.com/slCLf28YJD

    — IGIHE (@IGIHE) August 7, 2021

    Aho aka gace gaherereye, ni mu bilometero 10 kugira ngo ugere muri Macimboa da Praia, ahari icyicaro cy’imitwe y’iterabwoba.https://t.co/oCGTpQdI3t pic.twitter.com/Kfk0IVqyES

    — IGIHE (@IGIHE) August 7, 2021

    Muri uru rugamba birasa n’aho Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zo kurwana zikigarurira ibice runaka, hanyuma aho zimaze gufata, Polisi y’u Rwanda na yo ikaza ikahasigasira ku buryo nta muntu uzongera kuhigabiza. Ni ya gahunda yo gusigasira ibyo twagezeho ikomeje!

    Kugeza ubu, muri urwo rugendo ruva Afungi rugana Mocimboa da Praia, RDF irabura ibilometero 10 ngo igere aho yaba yizeye ko yaharuye inzira ya mbere igana ku mahoro muri iyi ntara.

    Nubwo ariko bimeze bityo, si inzira yoroshye. Mu nzira abo barwanyi bagenda bategamo udutero shuma nka kamwe kabaye kuri wa musirikare w’u Rwanda wakomeretse mu kwezi gushize.

    Bivugwa ko muri urwo rugendo, ushobora guhuriramo na za “ambush” zitari munsi y’eshatu. Kimwe mu byo numvise kuri iyi mitwe, ni uko abarwanyi bayo na bo bagikunze ubuzima, ntabwo ari nka bimwe bya “Islamic State” cyangwa “Al Shabaab” usanga abarwanyi biturikirizaho ibisasu.

    Umusirikare twaganiriye yambwiye ati “bo ntabwo biturikirizaho ibisasu ariko ushobora kumurasa utamuhamya neza agakomeza aza agusanga”.

    Ubwato bukoreshwa mu gucunga umutekano ku cyambu cya Afungi bwavuye mu Rwanda

    Kubona u Rwanda rufata ubwato bwa gisirikare, bukava i Kigali n’ahandi bwari buri, bukurizwa mu ndege bukagera muri Mozambique ni ikikwereka uburyo iyi ntambara rwayiteguye mu mfuruka zose.

    Hari umuntu wakwibaza ikintu izi nyeshyamba zari zikurikiye muri Afungi, uwo ni nk’uwakwibaza impamvu Total y’Abafaransa yahashyize ibikorwa! Byose byatangiye mu myaka ya 2010, ni bwo bwa mbere muri aka gace havumbuwemo gaz.

    Nyuma y’imyaka irindwi, ya gaz yari igamije guteza imbere agace, inyeshyamba zashatse kuyigarurira. Icyo gihe Total na yo yari mu biganiro na leta kugira ngo ihakore uruganda ruyitunganya.

    Urwo ruganda rwarubatswe mu mushinga wa miliyari 20$. Uhageze ubona ibikorwa rwose byo ku rwego ruhambaye byari bimaze gukorwa. Urugero ni nk’ikigo abakozi ba Total bari kuzajya babamo, ukigereranyije na hotel, ni imwe y’inyenyeri nibura enye kuko gifite buri kimwe cyose.

    N’umushinga w’Ikibuga cy’Indege cya Afungi na wo wari muri iyo gahunda witwaga “LNG”. Aho Afungi rero ni hamwe mu hagombaga gukurwa gaz, uhageze uyu munsi uhasanga imodoka n’ibindi bikoresho.

    Mu nzira ugenda na ho uhabona imodoka nyinshi, mu ntangiriro z’uyu mwaka, Abafaransa barazitaye baritahira, bakiza amagara yabo nyuma y’uko inyeshyamba zari zitangiye kwirara mu baturage, zikabica zibakase imitwe ndetse zigatwika ibyabo. Total yatangaje ko impamvu zo guhagarika ibikorwa ari “Force Majeure’.

    RDF na RNP zigenzura icyo cyambu amanywa n’ijoro ku buryo izo nyeshyamba zidashobora kwifashisha amazi ngo zambuke zigana ku butaka. Hari n’igitero giherutse kubera ku karwa gato kari muri iyo nyanja, ariko abarwanyi bafashwe mpiri bashyikirizwa Leta ya Mozambique.

    Ku rundi ruhande, ibice byamaze kugarurwamo amahoro bicungwa amanywa n’ijoro. Urugero ni Icyambu cya Afungi. Amanywa n’ijoro hakorwa ubugenzuzi bwo mu mazi harebwa ko nta mwanzi ushobora gutera ahanyuze.

    Iki cyambu kiri hafi y’Intara ya Palma. Ni ahantu hari ubutunzi bukomeye kuko hacukurwa gaz.

    Afungi Port, ni inzira yagombaga kuzajya yifashishwa muri ibyo bikorwa by’ubucukuzi bwa gaz.

    Abaturage bakuwe mu byabo n’intambara bagowe no kubona aho bakinga umusaya

    Quitunda, igisubizo ku wibaza impamvu RDF iri muri Mozambique

    Uvuye kuri iki cyambu, ukerekeza ahitwa Quitunda, ni mu Majyaruguru ya Palma wasobanukirwa neza neza impamvu Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique muri iyi ntambara.

    Nkihagera numvise ncitse intege, atari bya bindi by’abanyamakuru byo kwihutira kuvugisha abantu [ngira ngo nanavugishije batatu gusa kuko numvaga nta mbaraga].

    Uhingukira ku nzu za nyakatsi, ariko zimwe za nyuma ku Isi ahari. Ni utuzu udashobora kwinjiramo uhagaze [nubwo waba ureshya nanjye – metero 1 na 80 niba ntibeshye; ndumva ntafite ubugufi bukabije ariko n’abo nsumba bazisumba].

    Zubakishije bya biti bita imishingiriro, bimwe bashingiriza ibishyimbo. Hejuru hariho utwatsi, mu mpande ni uduhema, imbere ni udutenge dushaje dukinzeho. Muri ako kantu gasa n’inzu, nta buriri bubamo, nta karago usibye utwatsi tumeze nk’ishinge [naketse ko ari umusego] ubwo nawe urabyumva ahandi ni umucanga.

    Aho ni mu Nkambi ya Quitunda, abayituyemo barashonje bigaragara, nta mwana wiga, nta mubyeyi ugira akazi, wumve ko hari n’uwambwiye ko inshingano z’urugo aziheruka mu Cyi.

    Quitunda ni agace ko muri Palma, Umujyi uri mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Mozambique. Iyo uwurimo uba uri hafi y’umupaka wa Tanzania kuko bisaba nibura ibilometero 32 ngo ugereyo.

    Ni na yo mpamvu mu baturage bawo, usangamo umubare munini w’abavuga Igiswahili. Guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka, uyu mujyi wabaye isibaniro ry’imirwano, abaturage bicwa umusubizo, bakaswe imitwe, abandi bakiza amagara yabo.

    Abaturage bahungiye mu Nkambi ya Quitunda ubuzima burabakomereye, gusa banyuzamo bakamwenyura bya bindi byo kubura uko ugira ukagwa neza.

    Gusa bashima ko uyu munsi umutekano uhari muri ako gace kubera ingabo z’u Rwanda zibaba hafi amanywa n’ijoro bati ’ariko turashonje.’

    Bakkhali Ali Mbaya, ni umwe muri bo, afite abagore batatu n’abana icumi yavuze ko yakuwe mu bye aho yari atuye mu gace ka Bella Vista mu Mujyi wa Palma.

    Ati “Naje hano mpunze ibyihebe kubera intambara, byaduteye tariki ya 24 Werurwe. Byatangiye ahagana saa Kumi, byanyuze inzira y’ubusamo bigera kuri sitasiyo ya gisirikare aho byatangiye ubwicanyi. Mbere twari tubayeho neza ariko hatangira kwinjiramo ikintu cyo kudahuza imyemerere y’amadini.’’

    Yavuze ko uko kutumvikana kw’abayoboke b’amadini n’ibyo bemera byatumye bamwe bayoboka inzira y’ishyamba bajya mu mutwe w’iterabwoba.

    Yakomeje ati “Ubu turashima Imana kuko kuva igihe ingabo z’u Rwanda zagereye hano, ubu dufite amahoro, turaryama tugasinzira neza. Nizeye ko n’abafite ubwoba ubu bashize impumu kuko bizeye ko barinzwe n’ingabo z’igihugu n’iz’u Rwanda.’’

    Mugenzi we yagize ati “Nishimiye byimazeyo kuba ingabo z’u Rwanda zaraje hano. Turaryama tugasinzira neza, ntabwo duhangayitse, imitima yacu yatangiye gutuza. Twatangiye gutuza nyuma y’aho Ingabo zihagereye. Turashimira cyane ubufatanye bw’ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique. Turashimira cyane.”

    Ubu bibarwa ko abaturage barenga ibihumbi 20 bavuye mu byabo mu gace ka Palma hanyuma muri bo abarenga ibihumbi 10 bahungiye Quitunda.

    Kugeza ubu icyambu cya Afungi giherereye mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique kiri kugenzurwa n’Ingabo z’u Rwanda. Ni nyuma y’uko abasirikare batsimbuye umwanzi maze bakagarura amahoro muri aka gace.

    🎥 @PGirinema pic.twitter.com/PvWEQKstmo

    — IGIHE (@IGIHE) August 7, 2021

    “Nishimiye byimazeyo kuba ingabo z’u Rwanda zaraje hano. Turaryama tugasinzira neza, ntabwo duhangayitse, imitima yacu yatangiye gutuza. Twatangiye gutuza nyuma y’aho Ingabo zihagereye. Turashimira cyane ubufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique. Turashimira cyane.” pic.twitter.com/6swWHSTygG

    — IGIHE (@IGIHE) August 7, 2021

    Umunyamakuru wa IGIHE, @PGirinema ari gukurikirana ibibera muri Mozambique aho RDF iri mu rugamba rwo guhashya imitwe y’iterabwoba.

    Aho aherereye muri Afungi, RDF ihifashisha nk’imwe mu nzira zizayigeza i Mocímboa da Praia. pic.twitter.com/4PyTOKju1d

    — IGIHE (@IGIHE) August 7, 2021

    Polisi y’u Rwanda bisa n’aho ifite inshingano zihariye muri uru rugamba zo gusigasira ibice biri mu maboko y’Ingabo z’u Rwanda

    Ikibuga cy’Indege cya Afungi, kiri mu maboko y’u Rwanda kuva muri Nyakanga. Muri iki gihe, Abapolisi b’u Rwanda baba bari maso umunota ku wundi

    Ku Cyambu cya Afungi, Ingabo z’u Rwanda ziba zigenzura amazi no hakurya ku butaka umunota ku wundi

    Ubwato bwifashishwa muri iki gikorwa, bwavuye mu Rwanda bwambukira Nacala bugera muri iyi ntara ya Cabo Delgado

    Ingabo z’u Rwanda zo mu Ishami rirwanira mu Mazi ziherutse kwivuna umwanzi mu kirwa kiri muri iyi Nyanja y’Abahinde

    Uburinzi bwo kuri iki cyambu bukorwa ijoro n’amanywa

    Bakora aka kazi bashyize hamwe ndetse ni nacyo gitumye uyu munsi hari intambwe bamaze gutera

    Inkambi ya Quitunda ni ikimenyetso cy’ubuzima butoroshye abaturage bo muri Palma babayemo

    Iri ni rimwe mu macumbi atuwemo n’imiryango iri muri iyi nkambi

    Ntibazi uko ejo habo hazaba hameze gusa bizeye ko kubera Ingabo z’u Rwanda, umutekano ushobora kuzongera kugaruka bagasubira mu buzima busanzwe

    Ntacyo kurya bafite, ntacyo kunywa ndetse nta n’aho kuba bafite nyuma yo kumeneshwa n’imitwe y’iterabwoba

    Abana ntibiga, birirwa aho mu nkambi bicira isazi mu maso

    Muri uru rugamba hifashishwamo ibikoresho bikomeye birimo n’ibifaru

    Abaturage bo muri Afungi bishimira ko agahenge katangiye kugaruka nyuma y’aho Ingabo z’u Rwanda zigereye muri aka gace

    Polisi y’u Rwanda n’Ingabo z’u Rwanda bacunga umutekano w’abaturage bo mu Nkambi ya Quitunda umunsi ku wundi

    Ibi bikorwa, Ingabo z’u Rwanda na Polisi zibifatanya n’Ingabo za Mozambique

    Aba baturage bageze muri iyi nkambi muri Werurwe nyuma y’uko bagenzi babo bari bamaze kwicwa

    Amafoto: Philbert Girinema


  • Ntituri ingayi: Abayobora imiryango irengera abarokotse Jenoside bamaganye Ishyirahamwe ‘Igicumbi’ – #rwanda #RwOT

    Iyi miryango tariki ya 3 Kanama 2021 yasohoye inyandiko igamije kwamagana Ishyirahamwe ‘Igicumbi’, bashingiye ku byatangajwe ubwo ryafungurwaga ku mugaragaro ndetse n’ibikorwa bisanzwe biranga abarigize.

    Abayobozi b’imiryango itandukanye irimo IBUKA ku migabane yose, GAERG ihuriza hamwe abarokotse Jenoside barangije Kaminuza, AERG ihuriza hamwe abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, baganiriye na IGIHE bagaruka ku cyihishe inyuma y’ishingwa ry’Ishyirahamwe ‘Igicumbi’, n’inama ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo batagwa mu mutego w’abashinze iryo shyirahamwe.

    Umuyobozi wa IBUKA Rwanda, Nkuranga Egide, yavuze ko abashinze iryo Shyirahamwe, icyo bagamije ari ugukina politiki no guharabika imiryango yemewe irengera inyungu z’abacitse ku icumu kugira ngo bigarurire imitima y’abagenerwabikorwa bayo.

    Yavuze ko abagize ‘Igicumbi’, bagenda bakwirakwiza imvugo zishyigikira abacitse ku icumu bakoze ibyaha cyangwa bakurikiranywe n’ubutabera, kugira ngo bumvikanishe ko abagakwiriye kubarengera ntacyo bakora.

    Ati “Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ni abantu bari muri Sosiyete Nyarwanda, ni abantu bagengwa n’amategeko y’igihugu. Kuba umuntu yararokotse ntabwo bimuha ububasha bwo kwigomeka, cyangwa kwica amategeko ngo yumve ko atahanwa nk’Umunyarwanda wese kuko bo wumva aricyo bashaka.”

    Safari Christine uyobora IBUKA mu Buholandi na we yavuze ko abarokotse Jenoside badakwiriye kuba ikiraro cy’abashaka gukina Politiki.

    Ati “Ntabwo tuje guhangana, mufite uburenganzira bwo gushinga ibyo mushaka byose ariko ntidushaka kugirwa ikiraro cy’imyumvire nk’iyi y’iri shyirahamwe twamaganye.”

    Visi Perezida wa IBUKA Rwanda, Freddy Mutanguha, yavuze ko nta muntu wakabaye yiyita ko avugira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe atuka ubuyobozi n’ingabo zagize uruhare mu kubarokora.

    Ati “Ntabwo abacitse ku icumu bari bakwiriye kugwa mu mutego w’abashaka gukoresha izina ryacu kugira ngo bagere kuri gahunda ya politiki bishakiye.”

    Abashinze iryo Shyirahamwe ‘Igicumbi’ bakwirakwiza ko ntacyo Leta ikora ngo yite ku bacitse ku icumu, cyangwa ngo ibungabunge amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mutanguha usanzwe ari Umuyobozi w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yabyamaganiye kure, avuga ko nk’umuntu ubikurikiranira hafi, ntacyo Leta idakora ngo ibungabunge amateka ya Jenoside.

    Ati “Iyo mbonye uburyo Leta yacu yita ku mateka yacu ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ikintu kinkora ku mutima njye n’abandi benshi tubibona kimwe nk’abacitse ku icumu benshi tuzi aho Inkotanyi zadukuye. Uburyo amateka ya Jenoside ahabwa agaciro ni ikintu cy’ingenzi ariko iryo shyirahamwe twamagana bise Igicumbi mu byo rivuga ibyo ntibabiha agaciro.”

    Yakomeje avuga ko biteye isoni n’ikimwaro ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kumva hari ugenda abiyitirira atuka cyangwa aharabika uwabarokoye.

    Ati “Inkotanyi zaturukoye zumva twarabaye nk’abana b’ingayi, bo batekereza iki? Inkotanyi zifitanye igihango n’abacitse ku icumu, ntabwo turi abana b’ingayi rwose. Tuzakomeza gushima uburyo baturokoye bakadukura mu menyo ya rubamba, mu nterahamwe zari zatugose. Turacyakomeje gushima ibyo tubona kandi ni byinshi.”

    Umuyobozi wa IBUKA-Belgique, Félicité Lyamukuru, yavuze ko abashinze Ishyirahamwe ‘Igicumbi’, bagamije gukomeza kubiba Politiki mbi y’urwango ari nayo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside.

    Ati “Tugomba kumenya twese ko Jenoside yabaye igashoboka kubera ko hari politiki mbi. Niba ubu dufite abantu bashobora kuza bamaze gufata uruhande runaka bakitwaza y’uko baharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, nacyo ni ikindi kintu kiri politiki. Mbese ni ukugaragaza ko abacitse ku icumu barenganye.”

    Uhagarariye Ibuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Nshimye Janson, yavuze ko batazihanganira uwo ari we wese uzashaka kuyobya Abanyarwanda cyangwa kugoreka amateka, mu izina ry’abarokotse Jenoside.

    Yagize ati “Ntidushaka ko hari umuntu uyobywa n’abantu bo muri Igicumbi cyangwa akabafata nk’aho ari abantu baharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni abantu bayobya uburari […] ntabwo ari abantu bo kwizera cyangwa bo kuvugira abacitse ku icumu rya Jenoside.”

    Uhagarariye IBUKA mu Busuwisi, Murangira César, yavuze ko buri wese afite uburenganzira bwo kuba mu muryango runaka ariko bitamuha uburenganzira bwo guhangana n’igihugu yitwaje izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

    Yagize ati “Abashinze Igicumbi rwose ni uburenganzira bwabo niba bifuza kuvuganira abacitse ku icumu kandi neza ariko hari amakenga bitewe n’ibikorwa byagiye bigaragazwa, akenshi ugasanga byari mu buryo bwa politiki yo guhangana na Leta y’u Rwanda. Niba bumva bagaruka mu nzira nziza rwose byaba aribyo byiza.’’

    Umuyobozi wa GAERG, Gatari Egide, yavuze ko ntako amashyirahamwe asanzwe kandi yemerewe kuvugira abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi atagira, kandi ko hari byinshi byagiye bikemuka kubera ubuvugizi yakoze.

    Yavuze ko n’ibitarakemuka, bikomeza gukurikiranwa kandi bakamenya impamvu bitarakemuka.

    Yakomeje ati “Iyo tubona rero ubu abanzi b’u Rwanda bafata nk’umurima utoshye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakabakoresha, uyu ni umwanya wo kubaburira. Ibibazo byose twaba dufite dusubire hamwe tubishakire ibisubizo ariko ntihagire umuntu ugwa mu mutego wo kujya mu bintu bidasobanutse ejo ukaba wanabiryozwa kubera ko wishe amategeko.”

    Yavuze ko igihe cyose bitabaje Leta y’u Rwanda itigeze ibatererana kandi ni we mufatanyabikorwa wa mbere w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mujyambere Honorine uyobora IBUKA mu Butaliyani yashimye ibyakozwe na Leta y’u Rwanda by’umwihariko mu kubanisha abarokotse Jenoside n’abayikoze.

    Agaruka ku byo gushyingura imibiri y’ababo avuga ko kuri we n’abandi bagize amahirwe yo kuyibona, kuyitunganya igashyingurwa mu cyubahiro ari umuti ukomeye.

    Ibi yabikomojeho “mu gihe abiyise Igicumbi bavuga ko u Rwanda rucuruza amagufa y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.”

    Ati “Iyi mibiri y’abacu ni ikimenyetso gikomeye gifasha kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

    Mujyambere kandi yavuze ko ashima icyerecyezo cyiza cy’ubuyobozi bw’u Rwanda, mu guharanira ubumwe n’ubwiyunge, bityo ko ntawe ukwiriye kwemera uwo ari we wese ushaka kunyuranya n’iyo nzira.

    Nsanzimana Etienne uyobora IBUKA France na we yavuze ko atumva uburyo hashingwa umuryango witwa ko uje kuvugira abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi nyuma y’imyaka 27 nyamara imiryango isanzwe ibavugira itagishijwe inama.

    Ati “Iryo shyirahamwe nta kintu rije kubafasha (abarokotse Jenoside). Niba bari bakeneye kuza kudufasha cyangwa hari ibintu dukora banenga, bari kubanza bakatwegera bakabitubwira. Ntabwo tuzahwema kurwanya imigambi mibi bashobora kuba bafite.”

    Mukandanga Jacqueline uyobora IBUKA mu Budage yavuze ko ikigaragaza imigambi mibi y’abashinze ‘Igicumbi’, ari ubufatanye bafitanye n’abakoze Jenoside bagamije gupfobya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Ndumva ibyo bintu ari ugushinyagura, niba amarangamutima barayarenze, nibabyihorere bashake indi mirimo bakora ariko boye kujya bakomeza gukina ku mubyimba no kujya bashinyagurira abandi. Kumva ko bashyigikira abakoze Jenoside, kubona umuntu warokotse ashyigikira ibyo, ni agahinda.”

    Murangwa Eugène uyobora Umuryango Ishami Foundation yaburiye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko bakwiriye kuba maso bakamenya ko hari abantu biyemeje kubagira ikibuga cyo gukiniraho politiki.

    Ati “Ni ikintu cyagaragaye muri iyi myaka ishize aho abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ubona bashaka gukoreshwa n’abantu bafite inyungu zabo bwite zibogamiye kuri politiki. Kuba rero abo bantu ari bo bavuga ko batangiye ishyirahamwe rigamije kurengera abarokotse Jenoside kandi aribo dusanzwe twumva muri iyo mirongo ya Politiki, ni ikintu gihangayikishije kitagomba gushyigikirwa.”

    IBUKA yasabye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bose bari mu gihugu no muri Diaspora muri rusange kwima amatwi uwo ari we wese ushaka kubayobya no kubabera umuvugizi mubi nkuko abagize Ishyirahamwe ‘Igicumbi’ babigaragaje.

    Christine Safari uyobora IBUKA yo mu Buholandi

    César Murangira uyobora IBUKA yo mu Busuwisi

    Umuyobozi wa IBUKA-Italie, Dr Mujyambere Honorine

    Félicité Lyamukuru uyobora IBUKA-Belgique

    Umuyobozi wa IBUKA yo mu Budage, Jacqueline Mukandanga Blam

    Umuyobozi wungirije wa Ibuka Rwanda, Freddy Mutanguha

    Umuyobozi wa IBUKA-France, Nsanzimana Etienne

    Nkuranga Egide uyobora IBUKA – Rwanda

    Murangwa Eugène uyobora Ishami Foundation mu Bwongereza

    Janson Nshimye uyobora IBUKA – USA

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa IBUKA, Naphtal Ahishakiye

    Umuhuzabikorwa ku rwego rw’igihugu wa AERG, Muneza Emmanuel

    Mukabayire Valérie uyobora Avega Agahozo

    Gatari Egide uyobora GAERG na we ni umwe mu bitabiriye ikiganiro

    Marie Chantal Muhigana uyobora Umuryango Urukundo muri Norvège