Tag: featured

  • Gatsibo: Ubucuruzi bw’amazi mu gace akunda kuburamo bwateje imbere abavomyi – #rwanda #RwOT

    Koperative ‘Umucyo’ ihuza aba baturage ibarizwamo abanyamuryango 70 bakora neza, ikaba yarashinzwe mu myaka icumi ishize nyuma yo kubona ko muri uyu Murenge hakunda kugaragara ikibazo cy’ibura ry’amazi bamwe ntibanabashe kujya kuyivomera ku migezi.

    IGIHE yaganiriye na bamwe mu basore n’abagabo bakora ubu bucuruzi bavuga ko igare ryose riba ririho amajerekani ane y’amazi barigurisha 500 Frw nibura ngo ku munsi utahana make akaba ageza ku 2000 Frw.

    Bihoyiki Theophille yaturutse mu Karere ka Gicumbi ajya gukora akazi ko mu rugo mu Karere ka Gatsibo. Nyuma yo kugakora igihe kirekire yabonye ko abaturage benshi bakenera ababavomera atangira aka kazi ko kujya abavomera bakamwishyura.

    Ati “Hari igihe amazi abura ino aha abaturage bakatwiyambaza ubundi ugasanga ni nko mu mpeshyi amazi akenewe n’abantu benshi, igare ririho ijerekani enye tuzigurisha 500 Frw, ku munsi iyo byagenze nabi ntiwabura 3000 Frw kandi wanariye na ho mu mpeshyi bwo ku munsi ushobora gukorera 6000 Frw.”

    Bihoyiki avuga ko amafaranga akorera muri aka kazi ayashyira mu kimina bikaba byaratumye abasha kwigurira ikibanza ndetse aranarongora, kuri ubu afite umugore n’umwana umwe.

    Yavuze ko ateganya kubaka mu mpeshyi y’umwaka utaha kandi akazabikora akoresheje amafaranga akura muri ibi bikorwa byo by’ubuvomyi, ngo amafaranga naba make azaguza mu kimina kuko azaba yizeye kwishyura.

    Uwihanganye Habib winjiye muri aka kazi mu mwaka ushize nyuma yo kurangiza icyiciro rusange, yavuze ko amafaranga akuramo amufasha kwitunga.

    Ati “ Ubu ndi umusore witunze wirihirira inzu nkanigurira icyo nkeneye kandi hari n’ayo najyanye kuri konti yanjye; mfite intego yo kuzigurira moto mu mafaranga nkorera muri ubu bucuruzi.”

    Kayitare Frank umaze gushakira umugore muri ubu bucuruzi bw’amazi we avuga ko agitangira kubukora mu myaka ibiri ishize yabonaga ntaho buzamugeza, ariko ngo uko iminsi ishira yagiye abonamo amafaranga menshi kugeza ubwo kuri ubu agafata nk’akazi gakomeye gashobora kumutunga we n’umuryango we.

    Umuyobozi wa Koperative Umucyo, Gato Jean Claude, yavuze ko yashinzwe hagamijwe gufasha abaturage kubona amazi hafi kuko mu myaka yashize mu Murenge wa Kabarore yari ikibazo gikomeye.

    Yakomeje avuga ko nyuma yo gushinga iyi koperative abanyamuryango bose batangiye kugurirana amagare kuri ubu bakaba baratangiye kugurirana amatungo magufi.

    Kuvomera abandi hari ababifata nk’akazi bakesha imibereho yabo

    Nibura ngo umwe mu banyamuryango bakorera amafaranga make ku munsi atahana 2000 Frw

    source : https://ift.tt/2Zvb3dj

  • Batandatu batsindiye inguzanyo ya miliyoni 25 Frw izishyurwa nta nyungu binyuze muri ‘BK-Urumuri’ – #rwanda #RwOT

    Iyi gahunda ngarukamwaka yabaye ku nshuro ya gatanu, itegurwa na Banki ya Kigali ifatanyije n’Ikigo ‘Inkomoko’ gihugura ba rwiyemezamirimo, aho bahabwa amasomo abafasha kwagura imishinga yabo maze nyuma y’amahugurwa abafite imishinga ihiga indi bagahabwa inguzanyo ariko izishyurwa nta nyungu.

    Kuri iyi nshuro abatsindiye izi nguzanyo ni ba rwiyemezamirimo bafite imishinga itanga icyizere kandi iteza imbere urubyiruko, ariko iyo mishinga ikaba yarahungabanyijwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Mu muhango wabaye kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2021, hari abatsinze bahawe kuva kuri miliyoni 5 Frw, miliyoni 4 Frw na miliyoni 2 Frw.

    Uwera Delphine w’imyaka 22 ni umwe mu bahawe iyi nguzanyo, afite umushinga umaze umwaka ukora imitako itandukanye n’intebe mu migano, akabyigisha abakobwa babyariye mu rugo n’abatarasoje amashuri ndetse bamwe akabaha akazi aho, ubu afite abakozi umunani akoresha.

    Avuga ku nguzanyo yahawe, yagize ati “Kuba nabona intsinzi nk’iriya ni ikintu cyo kwishimira, ikintu cya mbere aya mafaranga azakoreshwa ni ukongera umubare w’abo duhugura, kuko hari n’ababa bashaka kuba ba rwiyemezamirimo ku giti cyabo, twifuza ko natwe twagira abadukomokaho.”

    Umuyobozi muri Banki ya Kigali, Emmanuel Nkusi Batanage, yavuze ko iyi Banki ifatanyije na Inkomoko, bazakomeza gutanga ubufasha kuri ba rwiyemezamirimo kugira ngo bakomeze kwiteza imbere, bateza imbere n’abandi ari nako bazamura ubukungu bw’igihugu.

    Yakomeje agira ati “Uko imyaka igenda ishira, abo twahaye inguzanyo muri iyi gahunda imishinga yabo itera imbere, bagatanga akazi ukabona ko umuntu yavuye ku rwego runaka yagiye ku rwego rundi.”

    Mu marushanwa y’uyu mwaka iyi gahunda ya ‘BK-Urumuri’ yiyandikishijemo ba rwiyemezamirimo barenga 174 bafite imishinga itandukanye iri mu nzego nk’ubukerarugendo n’amahoteli, ubuhinzi, ubukorikori, imideri n’ibindi.

    Muri aba bitabiriye iki gikorwa, abagera kuri 25 babashije kugira amahirwe yo guhabwa amahugurwa, aho nabwo havuyumo 10 bafite imishinga itanga icyizere, nabo bavanwamo batandatu bafite imishinga myiza kuruta indi, bakaba bahembwe inguzanyo izishyurwa nta nyungu.

    Umuyobozi wa Inkomoko, Teta Ndejuru, yavuze ko ari iby’igiciro kuba baratanze amahugurwa kuri ba rwiyemezamirimo bafite udushya mu mishinga yabo, by’umwihariko muri uyu mwaka kuko myinshi mu mishinga yazahajwe n’icyorezo cya Covid-19, ikaba yari ikeneye icyayifasha kongera gukora neza.

    Yongeyeho ati “Ubu turacyakomeje gutanga umusanzu wacu mu kongera kuzahura ubukungu bw’u Rwanda, tukaba twarahisemo gufasha aba ba rwiyemezamirimo batanga imirimo ku bandi kandi bafatiye runini ubukungu bw’igihugu cyacu.”

    Imishinga yahawe ibihembo harimo ‘Gusa Ltd’ ikora ubukorikori butandukanye mu mbaho, ibyuma n’ibindi; ‘La Fromagerie Ltd’ ikora fromage mu mata y’inka n’ihene; ‘Talia Ltd’ ikora Jus mu mbuto; ‘Green Pack Ltd’ ikora udukombe mu mpapuro ariko dukoreshwa rimwe; ‘KGL Flour Ltd’ itunganya ifu ya kawunga n’ibiryo by’amatungo ndetse na ‘Byose Ni Bamboo’ ikora imitako n’intebe mu migano.

    Hatanzwe inguzanyo ya miliyoni 25 Frw itazagira inyungu

    Ni umuhango wari witabiriwe na ba rwiyemezamirimo batandukanye bahuguwe

    Nkusi wari uhagarariye Bk yavuze ko iyi banki izakomeza gushyigikira ba rwiyemezamirimo kugira ngo biteze imbere ariko banateza imbere igihugu

    Umuhango wa gutanga ibihembo wari witabiriwe n’Abayobozi baturutse muri Banki ya Kigali ndetse na MINICOM

    Uwera ufite umushinga wo gukora imitako mu migano avuga amafaranga yahawe azayakoresha mu guteza imbere urubyiruko

    source : https://ift.tt/32uczgU

  • Ibihugu bya Afurika byiyemeje ubufatanye mu kubyutsa ubukerarugendo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo yifatanyaga n’abashoye imari yabo mu bikorwa by’ubukerarugendo mu isozwa ry’icyumweru cy’ubukerarugendo mu Rwanda, umuyobozi wa RDB wungirije Zephanie Niyonkuru, yavuze ko impinduka nshya zigaragara, anabibutsa kutadohoka ku mabwiriza yo kwirinda covid-19, bakomeza kwambara neza agapfukamunwa, bahana intera, kugira ngo barusheho kwirinda.

    Abitabiriye iri murikabikorwa bahembwe bari mu byiciro bitandukanye birimo, Icyumba cy’abikorera cyiza (Best private sector booth), igihembo gihabwa ‘Blue Train’.

    Uwahize abandi mu imurikabikorwa wo muri EAC (Best EAC exhibitor) igihembo cyahawe Tanzania,

    Uwahize abandi mu imurikabikorwa wo muri SADC (Best SADC exhibitor) igihembo cyahawe igihugu cya Zimbabwe,

    Uwahize abandi mu imurikabikorwa wo muri ECOWAS (Best ECOWAS Exhibitor) igihembo cyahawe igihugu cya Ghana,

    Uwahize abandi mu imurikabikorwa ryiza ry’ubukerarugendo bushingiye ku baturage (Best Community Based Tourism Exhibitor) igihembo cyahawe ‘Beyond the Gorillas’

    Uwahize abandi mu imurikabikorwa ryiza ry’urubyiruko (Best Youth Exhibitor) igihembo cyahawe urubyiruko rwo muri Koperative Indangamuco ruyobora ba mukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu (Kivu Belt),

    Hahembwe n’uwahize abandi mu imurikabikorwa ryiza ryakozwe n’abagore (Best Women Exhibitor) igihembo cyahawe Judith Tours.

    Abahize abandi mu imurikabikorwa bashimwe
    Abahize abandi mu imurikabikorwa bashimwe

    Zephanie Niyonkuru yavuze ko urwego rw’ibikorwa by’ubukerarugendo rwibasiwe cyane n’icyorezo cya covid-19, ariko kandi runerekana uruhare rukomeye mu guhangana na cyo, ariko kandi ngo haracyari inzira ndende n’ubwo hashyizwemo ingufu zo kugikumira.

    Ati “Mu myaka ibiri ishize ntibyari byoroshye kubera ko twagiye tubangamirwa naza virusi za corona zagendaga zihinduranya, ariko tuzi ko harimo gushyirwamo imbaraga nyinshi kugira ngo abadusura bagubwe neza.”

    Ibi kandi biratangazwa mu gihe guher kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, u Rwanda rwatangaje ko rwashyizeho akato k’amasaha 24 ku binjira mu Rwanda baturutse mu mahanga, bakaba bagomba kumara ayo masaha muri hoteli zabigenewe kandi bakiyishyurira ikiguzi, mu rwego rwo guhangana cyane cyane n’ubwoko bushya bwa Coronavirus buvugwaho kugira ubukana kurusha izindi virusi zisanzwe.

    Judith Tours bashyikirijwe ishimwe na Ron Adam, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda
    Judith Tours bashyikirijwe ishimwe na Ron Adam, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda

    Gusa ariko Niyonkuru avuga ko inkingo zikomeje gutangwa ndetse n’ingamba zo gukumira icyorezo cya covid-19 zafashwe, bikazafasha igihugu kurinda abaturage barwo ndetse n’abashyitsi kugira ngo urwego rw’ubukerarugendo rukomeze kugenda neza.

    Umuyobozi ukuriye ishami ry’ubukerarugendo mu rugaga rw’abikorera (PSF), Aimable Rutagarama, avuga ko iri murikabikorwa mu bukerarugendo ari igikorwa basanzwe bakora ariko ngo uyu mwaka byabaye umwihariko kubera icyorezo cya covid-19 bahuye na cyo.

    Ati “Urwego rw’ubukerarugendo rwarazahaye ku buryo umusaruro wavaga mu bukerarugendo mu mwaka ushize wa 2020 wagabanutseho 75%, bivuga ko ibyo twabonye ubu ngubu byadusubije nko mu myaka 15 ishize, ariko ubu muri uyu mwaka biragaragara ko turimo tugenda bizamuka kandi turatekereza ko bitazasubira kuba bibi nk’uko byagenze umwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu mwaka”.

    Imurikabikorwa mu rwego rw’ubukerarugendo ryatangiye tariki 24 rigeza tariki 26 Ugushyingo 2021, rikaba ryaritabiriwe n’abantu basaga 100 baturutse mu bihugu bya Kenya, Tanzania, Ghana, Zimbabwe, Afurika y’Epfo, Somalia, u Rwanda na Dubai.

    Habayeho umwanya wo gusabana no kungurana ibitekerezo
    Habayeho umwanya wo gusabana no kungurana ibitekerezo

    source : https://ift.tt/316MEM2

  • Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Coronavirus ifite umwihariko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo virusi ngo imaze iminsi mike irimo kuvugwa mu bice bitandukanye by’isi, ikaba ari iyo mu bwoko bwihinduranyije bwa Covid-19. Yabonetse bwa mbere mu gihugu cy’u Bushinwa mu mpera z’umwaka wa 2019, mu gihe iyi virusi nshya yagaragaye bwa mbere ku mugabane wa Afurika mu gihugu cya Botswana mu minsi micye ishize, yongera kugaragara muri Afurika y’Epfo no muri Hong Kong, kuri ubu ikaba yageze mu bihugu bya Israel, u Bubiligi, mu Bwongereza n’ahandi.

    Ngo ni virusi ifite umwihariko w’uko ikomatanyirijemo ibyagiye bihindagurika kuva kuri virusi ya mbere kandi byagaragaye no muri virusi yiswe Delta, ku buryo ari amakuru ateye impungenge kuko kuba ikomatanyirijemo uko virusi ya Delta yahindutse kandi Delta yarahindutse ihinduka nabi kuko yari ifite ibibi biyiranga nko kwandura cyane.

    Iyi virusi ukurikije ibyo abashakashatsi barimo kuyivugaho ngo ni virusi ikaze kurenza izindi zose zayibanjirije. Gusa ariko ngo icyiza gihari ni uko ishobora gupimwa hifashishijwe uburyo busanzwe bukoreshwa nka ‘rapid test’ cyangwa se PCR, ku buryo nta kibazo gihari cyo kuba aho yageze hamenyekana byoroshye.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije, avuga ko iyi virusi nshya yandura mu buryo budasanzwe kubera umwihariko w’uburyo ifatamo.

    Ati “Abashakashatsi baragaragaza ko mu turemangingo twayo twahindutse harimo kwihinduranya (mutation), kugera ku nshuro zigeze kuri 30, harimo izo zari zisanzwe za Delta na Alpha, ariko ifite izindi nk’eshatu zihariye, zirimo cyane cyane ituma iyo virusi ifata ku turemangingo ishaka kwinjiramo, muzi ko ubundi virusi iva mu karemangingo kamwe ijya mu kandi kugira ngo ibashe kwiyongera”.

    Akomeza agira ati “Iyi ngiyi ifite ubushobozi bwo kwegera uturemangingo buri hejuru, ku buryo ibasha kumatira cyane ku karemangingo, ubwo bushobozi bwo kumata cyane butuma ibasha kwinjira, kandi bigatuma nyine yakwandura kurusha indi idafite ubwo bushobozi cyane, ari na ho birimo gutera impungenge kuko nko mu ntara imwe yo muri Afurika y’Epfo mu gihe cy’ibyumweru bitatu abasuzumwaga bari kuri 1%, ariko mu byumweru bitatu byavuye kuri 1% bijya kuri 30%, bigaragara y’uko irandura cyane”.

    Kuri ubu ngo abashakashatsi bakaba barimo kureba niba iyo virusi yica cyane cyangwa se ikaba yatera ibibazo cyane kurusha izari zisanzwe, aho barimo kureba niba abayanduye barimo kugaragaza ibimenyetso bidasanzwe nko kugira umusonga ukabije cyane, n’ibindi bikunda kuranga umuntu urembye ufite covid-19 bikanamuviramo gupfa, aho barimo gukurikirana abarwayi bayirwaye kugira ngo barebe hamwe no kureba niba imiti isanzwe ivura izayibanjirije yashobora kuyivura.

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda irasaba abaturarwanda gukomeza kwitabira gahunda yo kwikingiza covid-19, kuko n’ubwo hadutse iyi virusi bitabujije ko uwahawe urukingo hari ikigero runaka cy’ubudahangarwa aba afite cy’uko adashobora kuzahazwa n’iyo virusi mu gihe imugezeho.

    Abantu barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza asanzwe yo kwirinda covid-19, kuko ari cyo cyonyine gishobora kubarinda kuba bakwandura iyi virusi nshya.

    source : https://ift.tt/3resCK1

  • Umuryango UNAB urifuza ko amategeko agenga abafite ubumuga avugururwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi nshingwabikorwa w
    Umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda w’abagore bafite Ubumuga UNAB Mushimiyimana Gaudance

    Yabigarutseho tariki ya 24 Ugushyingo 2021 mu nama yateraniye mu Mujyi wa Kigali ihuza imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu by’umwihariko abafite ubumuga, abanyamategeko, Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC).

    Ibibazo byagarutsweho muri iyo nama byatumye abagore bafite ubumuga bavugwaho by’umwihariko bishingira ku kuba ari abagore ariko noneho hakiyongeraho kuba bafite ubumuga.

    Umwe mu bitabire iyo nama ufite ubumuga avuga ko abantu b’igitsina gore bakunze guhura n’ihohoterwa ndetse n’uburenganzira bwabo bugahonyorwa aho bigaragarira ku bagore bafite uburwayi bwo mu mutwe akenshi usanga ku mihanda bafite abana cyangwa se batwite, nyamara ababahohoteye badakurikiranwa ngo bahanwe.

    Umuyobozi w’umushinga ushinzwe kwita ku buzima bw’imyororokere ku rubyiruko rufite uruhurirane rw’ibibazo, Uwabakurikiza Prudence, avuga ko hakwiye ubuvugizi n’ubukangurambaga mu muryango nyarwanda, ku buryo buri wese aha agaciro umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe ndetse bikagera no mu nzego zishinzwe kubahiriza amategeko kugira ngo abahohotewe babashe kubona ubutabera bukwiye.

    Ati: “Umuryango nyarwanda ukwiye kumenya ko hari amategeko arengera abantu bafite uburwayi bwo mu mutwe kandi bakamenya ko umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe ari umuntu nk’abandi. Leta na yo ikwiye gushyiraho uburyo bwo gutanga inyigisho ku bantu bafite uburwayi bwo mu mutwe ku buryo na bo ubwabo babasha guhaguruka bagaharanira uburenganzira bwabo ndetse bakivuganira aho bibaye ngombwa mu gihe bakeneye serivise runaka”.

    Umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda w’abagore bafite ubumuga UNAB, Mushimiyimana Gaudence, avuga ko mu mategeko harimo icyuho cyubakiye ku mategeko abuza umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe uburenganzira mu buryo bw’amategeko.

    Ati: “Ikintu cya mbere twifuza ni uko buri wese yumva ko umugore cyangwa umukobwa ufite uburwayi bwo mu mutwe atari we wabyiteye kandi ko adakwiye guhabwa akato. Akwiye mbere na mbere kubahirwa ko ari umuntu kuko iyo umuntu amenye agaciro k’umuntu agira n’uruhare mu kurengera ubumuntu bwe. Hakwiye ubukangurambaga mu muryango mugari ku buryo wumva neza ko umukobwa watewe inda afite uburwayi bwo mu mutwe atari we wayiteye ahubwo ko afite uwayimuteye, wamusambanyije, wamuhohoteye bityo uwabikoze ashakishwe ndetse anashyikirizwe ubutabera kandi ibyo byashoboka dushyize hamwe”.

    Yongeraho ko hari imyumvire ya bamwe ikwiye guhinduka ndetse na Politike y’igihugu ikavugururwa aho usanga hari abagore bafite ubumuga bwo mu mutwe bafatirwa imyanzuro yo kuboneza urubyaro kuko bumva ko ntacyo bashoboye bakwiye kugira umwishingizi.

    Ati: “Bamwe babonerezwa urubyaro ahanini bitewe n’imiterere y’amategeko na politike y’igihugu aho amategeko ateganya ko umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe agomba kugira umwishingizi umuhagararira mu bintu byose hatitawe ku bushobozi cyangwa uburemere bw’uburwayi cyangwa ubumuga bwo mu mutwe. Ibyo rimwe na rimwe biba impamvu yo kubuzwa uburenganzira mu by’amategeko”.

    Mu byagaragarijwe muri iyo nama kandi harimo nk’ibibazo abagore n’abakobwa bafite ubumuga bahura na byo, n’uko bamwe banduzwa indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, guterwa inda, gusambanywa, kwanduzwa virusi itera SIDA kandi nyamara bakwiye kugirirwa impuhwe bitewe n’ubwo burwayi baba basanganywe.

    Buri rwego rwitabiriye iyo nama rwahawe umukoro wo kuba inkingi ya mwamba mu gufasha ko hajyaho amategeko aboneye yarenganura ndetse ntahe akato abafite uburwayi bwo mu mutwe, nk’aho UNAB ivuga ko abantu batarumva ko umurwayi wo mu mutwe iyo atagize ikibazo ari umuntu nk’abandi bityo ko adakwiye gufatirwa ibyemezo byose nk’udashoboye kandi hari ibyo na we ubwe kugiti cye yashobora kwigezaho.


    source : https://ift.tt/3ldENDn

  • Ingabire Diane na Manizabayo Eric begukanye isiganwa #KigaliGicumbi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu habaye rimwe mu marushanwa agize Rwanda Cycling Cup, aho abasiganwa bahagurutse kuri Kigali Arena ku i Saa Ine za mu gitondo berekeza mu karere ka Gicumbi.

    Ni isiganwa ryatangiwe n’abakinnyi 51 mu cyiciro cy’abagabo, 16 mu cyiciro cy’abakobwa, ndetse n’abakinnyi 21 batarengeje imyaka 18 (Juniors).

    Abakinnyi bahagurutse Kigali Arena berekeza Kimironko, banyura mu gace kahariwe inganda berekeza Zindiro, banyura Nyarutarama-UTEXRWA-Gisozi-Kagugu-Nyacyonga, bakomeza umuhanda wa Gicumbi aho basoreje kuri Stade y’aka karere.

    Ni isiganwa abakinnyi barimo Mugisha Moise, Areruya Joseph, Umuhoza Eric n’abandi ba Benediction bakomeje kugenda bahatana.

    Ubwo bazamukaga imisozi ya nyuma werekeza i Gicumbi, Mugisha Moïse yatobokesheje igare inshuro ebyiri, gusa aza kongera gushikira abandi.

    Manizabayo Eric uzwi nka Karadio ni we wasoje isiganwa ku mwanya wa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 18 n’amasegonda 32.

    Ku mwanya wa kabiri haje Mugisha Moise wakoresheje 02h20’18”, Umuhoza Eric wakoresheje 02h21’35”.

    Ingabire Diane umaze iminsi yanikira abandi, yongeye kuba uwa mbere muri iri siganwa mu bakobwa
    Ingabire Diane umaze iminsi yanikira abandi, yongeye kuba uwa mbere muri iri siganwa mu bakobwa

    Urutonde rw’abakinnyi baje ku myanya ya mbere n’ibihembo bahawe

    Juniors

    1. Niringiyimana Rachid 100,000 Frws
    2. Iradukunda Valens 80,000 Frws
    3. 60,000 Frws

    Abakobwa

    1. Ingabire Diane (Benediction Club): 100, 000 Frws
    2.Tuyishime Jacqueline (Benediction Club): 80,000 Frws
    3.Mukashema Josiane 60,000 Frws

    Manizabayo Eric yegukanye umwanya wa mbere mu bagabo
    Manizabayo Eric yegukanye umwanya wa mbere mu bagabo

    Abagabo
    1. Manizabayo Eric, Benediction Ignite: 150,000 Frws
    2. Mugisha Moïse, ProTouch: 120, 000
    3. Muhoza Eric, Les Amis Sportifs: 100, 000 Frws

    Ingabire Diane asoza ku mwanya wa mbere
    Ingabire Diane asoza ku mwanya wa mbere

    source : https://ift.tt/3HYZg8n

  • Kenya: Umugabo yashatse guca imyanya y’ibanga y’umugore we #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w’imyaka 54 n’umugore we w’imyaka 45 bamaze imyaka 26 babana.

    Aganira n’ikinyamakuru cyo muri uwo mujyi wa Mombasa, uyu mugore avuga ko mu gihe yirwanagaho yanga ko umugabo we agera kuri icyo gikorwa cyo kumuca imyanya y’ibanga, yavunitse imbavu mu buryo bukomeye.

    Avuga kandi ko iyi ari inshuro ya kabiri agerageje kumukorera iri yicarubozo kuko no muri Kanama yabigerageje ariko umugore akamugirira ibanga ku bwo kurengera ubuzima.

    source : https://ift.tt/3p22MXb

  • Abantu 286 bahamwe n’icyaha cya ruswa mu 2020/2021 – #rwanda #RwOT

    Ibi byagaraagajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ugushyingo 2021, mu Kiganiro ubuyobozi bw’uru rwego rwagiranye n’abanyamakuru mu rwego rwo gutangaza gahunza zizibandwaho mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa.

    Imibare yatanzwe n’Urwego rw’Umuvunyi yagaragaje ko ugereranyije n’imyaka ishize, abagiye bahamwa n’ibyaha biyongereye kubera ko muri 2019/2020 bari 231 mu gihe muri 2018/2019 ari 210.

    Umuvunyi wungirije Yankurije Odette, yagaragaje ko mu bihe bya Covid-19 ibirego bya ruswa n’akarengane by’iyongereye cyane ari nayo yabaye intandaro yo kuba abantu bahamwe n’ibyo byaha bariyongereyeho abasaga 55.

    Yagize ati “Mu gihe cya Coranavirus, habayeho igihe abantu batavaga mu rugo banahava ugasanga abantu bahugiye mu gukurikirana iyubahirizwa ry’amabwiriza, hakabaho n’ababoneragaho kuba bakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko. Icyiza ni uko icyaha cya ruswa kidasaza igihe amakuru amenyekaniye arakurikiranwa ababigizemo uruhare bakabiryozwa.”

    Umuvunyi Wungirije ushinzwe kurwanya no gukumira ruswa, Mukama Abbas na we yagaragaje ko nubwo abayobozi b’inzego z’ibanze bafashije mu guhangana na Covid-19 ariko hari abijanditse mu bikorwa birenganya umuturage ndetse na ruswa.

    Yakomeje agira ati “Dushingiye ku bushakashatsi bwa Transparency International Rwanda n’amadosiye menshi twagiye twakira y’abaturage byinshi byagaragaye muri iki gihe cya covid0-19. Bigaragaza ko inzego z’ibanze n’ubwo zadufashije guhangana na Covid-19 ariko hari abandi b’inkundamugayo bijanditse muri ibyo bibazo bajya mu bintu bya ruswa no guteza abaturage ibibazo byo kubarenganya.”

    Muri abo bahamijwe ibyaha bya ruswa abagore bangana na 37 abagabo bakaba ari 249.

    Itegeko rihana icyaha cya ruswa ryo muri 2018 mu ngingo yaryo ya 4 iteganya ko gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, iyo umuntu abihamijwe n’urukiko ahaniswa igifungo cy’imyaka itanu kugera kuri irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.


    source : https://ift.tt/3oYxnVu

  • Abafite ubumuga bwo kutabona bahawe inkoni zibamenyesha ko bwije cyangwa bwakeye – #rwanda #RwOT

    Izi nkoni za ‘Smart White Cane (SWC)’ bazihawe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ugushyingo 2021, zikaba zarakozwe n’ikigo cya Beno Holdings Ltd cy’Abanyarwanda kizoberewe mu gukora ibikoresho by’ikoranabuhanga

    Inkoni z’abafite ubumuga bwo kutabona zibasha kwerekana ko bafite ikibazo ndetse ikamufasha no kugenda. Uyu munsi izatanzwe zifite umwihariko kuko zikozwe mu buryo zibasha kumva ko imbere y’uyifite muri metero 1.2 hari ikintu cyamugirira nabi.

    Ikoranye GPS n’ikoranabuhanga ribwira uyifite ko bwije cyangwa bwakeye. Ubu butumwa bwose zibutanga binyuze mu nzogera zikoranywe.

    Iyi nkoni ikoreshwa n’umuriro w’amashanyarazi aho uyisharija yakuzura ukagenda, buri imwe kuyitunganya byatwaye 100$, zikaba zarakozwe mu gihe cy’imyaka itatu.

    Umuyobozi wa UNDP mu Rwanda, Maxwell Gomera, yavuze ko bahisemo guha abafite ubumuga izi nkoni ngo na bo babashe kuva mu ngaruka batewe na Covid-19.

    Yagize ati “Mu mezi 18 ashize Isi iri kurwana n’icyorezo cya Covid-19 cyatumye ubuzima bwacu buhagarara n’ubu turacyahangana n’ingaruka zacyo, ubu ubukungu buri kuzahurwa.”

    “Igihe icyorezo cyari kimeze nabi twibagiwe ko hari abantu bakozweho cyane nacyo; twahisemo kureba uko twafasha abafite ubumuga kuzahura ubukungu nk’abandi bose kuko na bo bakwiye amahirwe nk’abandi.”

    Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yashimye abafatanyabikorwa bagize uruhare muri uyu mushinga ndetse yizeza abafite ubumuga bwo kutabona ko bazashyira imbaraga mu kubagezaho izi nkoni zikozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga.

    Yagize ati “Iyi nkoni yaje ifite ikoranabuhanga ritandukanye rigiye kubafasha mu buzima bwanyu bwa buri munsi, hatanzwe inkoni 40. Ni nke cyane ugereranyije n’umubare w’abafite ubumuga bwo kutabona. Iyi ni intambwe ya mbere twateye kugira ngo turebe ibijyanye n’icyo twafasha abantu bafite ubumuga.”

    Umuyobozi nshingwabikorwa w’ Ubumwe Nyarwanda bw’abatabona (RUB), Kanimba Donatille, wavuze ko abafite ubumuga bwo kutabona batagezweho n’izi nkoni hagiye gukorwa ibishoboka zikabageraho.

    Ku ruhande rw’abahawe izi nkoni bavuze ko zigiye kubarinda kuguma hamwe kuko batabonaga uko bagenda batari kumwe n’ubarandata, ibi bizabafasha gukora bakiteza imbere.

    Sumaya Rebecca wo mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka yavuze ko igiye kumufasha kujya aho ashatse atarinze gutegereza umutwara.

    Nsabimana Theonetse wo mu Karere ka Rwamagana, yavuze ko ashimishijwe n’iki gikorwa kuko we n’inkoni isanzwe ntayo yari afite.
    Ati “Biranshimishije kuko nta nkoni nari mfite iyo nayikeneraga natiraga, ubu nzajya mbasha kugera aho nshaka binyoroheye kandi abantu bazajya babasha kumenya ikibazo mfite.”

    Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa abantu bafite ubumuga bwo kutabona bagera ku bihumbi 57, aba bose kugira ngo bazahabwe izi nkoni hakenewe miliyoni 6$.


    source : https://ift.tt/30YsTGB

  • Abajya kwiga muri Kaminuza zo hanze ibijyanye n’ubuzima bashyiriweho akakaye – #rwanda #RwOT

    Ibi babisabwe kugira ngo hajye hamenyekana ishuri bagiye kwigamo ndetse n’ubushobozi bwo kwiga ibijyanye n’ubuzima bafite kuko hagaragaye ko hari abajya kwiga muri kaminuza zo hanze zitazwi cyangwa zitemewe cyangwa bakajya kwiga ibijyanye n’ubuzima batujuje ibisabwa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa HRHS, Dr Ndimubanzi Patrick, yavuze ko ibi bizabafasha kurushaho kunoza umwuga w’ubuvuzi, kuko gukora neza k’umuganga bijyana n’uko yize.

    Yagize ati “Igikorwa cya Indexing (kwiyandikisha by’agateganyo) ni igikorwa kidufasha kumenya ngo ni inde ugiye kwiga? Ubundi uwo muntu afite ibisabwa kugira ngo akurikirane ayo masomo ajyanye n’ubuzima? Uwo muntu ari kwiga mu kigo kizima? Nyuma umuntu akamukurikirana, akazamuteganyiriza n’uburyo bwo kwimenyereza umwuga.”

    Uretse gukurikiranwa cyangwa gufashwa kubona imenyeramwuga, umunyeshuri utiyandikishije mu rugaga ateganya gukoreramo ntashobora kubona icyangombwa gihesha agaciro impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi aba akuye hanze (equivalence).

    Umuyobozi muri HEC, Dr. Ndikubwimana Theoneste, avuga ko kwiyandikisha mu rugaga runaka bihuzwa no kubona equivalence.

    Ati “Niba umunyeshuri yaragiye kwiga cyane cyane muri iki gice kijyanye n’ubuzima akaba yariyandikishije mu rugaga runaka, baramurebera, bakareba amasomo yatsinze, ibyo yize, basanga koko akwiriye kwiga ibijyanye n’ubuvuzi byumvikana ko atazagira ikibazo mu gihe cyo gusaba equivalence, kandi aramutse atayibonye yaba yarataye umwanya, aba yarapfushije amafaranga ubusa.”

    Umunyeshuri wize ntahabwe iki cyangombwa gitangwa na HEC afatwa nk’utarize kuko aba adashobora kwemererwa gukora mu byo yize, cyane ko afatwa nk’utagira impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi kabone nubwo yaba yaratsinze ikizamini gikorwa n’abize amasomo ajyanye n’ubuzima hanze y’u Rwanda.

    Ababyeyi basabwe kuba maso bakabanza kumenya niba umwana bagiye kurihirira amashuri yariyandikishije muri rugaga azakoreramo kugira ngo atazamara kwiga akimwa uburenganzira bwo gukora ibijyanye n’ibyo yize kubera ko atize mu kigo cyiza cyangwa se yarize atujuje abisabwa.

    Ubusanzwe habaho ingaga z’abanyamwuga mu rwego rw’ubuzima enye zirimo Urugaga rw’Abaforomo n’Ababyaza (NCNM), Urugaga rw’Abaganga b’Amenyo (RMDC), Urugaga rw’Abakora imirimo ishamikiye k’ubuvuzi (RAHPC) ndetse n’Urugaga rw’Abahanga mu by’imiti (NPC).

    Umunyeshuri wemererwa kwiga ibijyanye n’ubuvuzi agomba kuba yaratsinze neza amasomo abiri y’ingenzi, ibinyabuzima (biologie) n’ubutabire (chimie), aho ugiye kwiga icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) agomba kuba yaragize nibura ‘B’ muri aya masomo naho ugiye kwiga mu cyiciro cya Kabiri (A0) akayagiramo nibura ‘C’.

    Abanyeshuri batiyandikishije bahawe igihe cy’amezi atatu uhereye ku itariki ya mbere Ukuboza mu 2021 yo kuba bamaze kwiyandikisha, kikaba ari igikorwa kireba ugiye kwiga hanze y’u Rwanda, ugiye kwiga ma mashuri yo hanze ariko aba mu Rwanda cyo kimwe n’abiga mu mashuri yo mu gihugu.

    Abanyeshuri bashaka kwiga ibijyanye n’ubuvuzi hanze y’u Rwanda basabwe kubanza kwiyandikisha mu rugaga bateganya gukoreramo

    Dr. Ndimubanzi(iburyo) na Dr. Ndikubwimana basabye ababyeyi kuba maso bakabanza kugenzura ko unwana bagiye kurihirira amashuri yiyandikishije mu rugaga azakoreramo

    source : https://ift.tt/3nYZ2Xc