Tag: featured

  • Muri Covid-19 ubucuruzi bwagabanutse ku rugero rwa 50% – IPAR #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Covid-19 ubucuruzi bwagabanutse ku rugero rwa 50%
    Muri Covid-19 ubucuruzi bwagabanutse ku rugero rwa 50%

    IPAR ivuga ko ubwo bushakashatsi n’ubwo bwatangajweho igice cy’aho bugeze kugeza ubu, ngo buzakomeza gukorwa mu Rwanda hose mu gihe kingana n’amezi 36, kuva muri Kanama 2020 kugera muri Kanama 2023.

    Bukubiye mu nyigo eshatu zakozwe n’abashakashatsi ba IPAR, ari bo Dr Jean Baptiste Nsengiyumva, Dr Dickson Malunda hamwe na Ismael Byaruhanga.

    Dr Malunda avuga ko igihe u Rwanda rwari rumaze umwaka wose rwadutswemo n’icyorezo Covid-19, ubucuruzi bwari bumaze kugabanuka ku rugero rwa 50% muri rusange, ariko mu ntara zibasiwe cyane hakaza iy’Iburengerazuba iri ku rugero rwa 58%, iy’Amajyepfo ku rugero rwa 56% ndetse n’iy’Amajyaruguru ku rugero rwa 54%.

    Mu byiciro by’ubukungu byashegeshwe cyane, ku mwanya wa mbere haza serivisi zagize igihombo kingana na 41%, inganda zikaba zarahombye 33% ndetse n’ubuhinzi na bwo ngo bwahombye 33%.

    Dr Malunda yakomeje agaragaza ko hari ibigo by’abikorera byagerageje kuhanyanyaza ariko bigatakaza abakozi kubera kubura icyo bibahemba, ku buryo ahari abakozi 17 ubu ngo hasigaye 10 gusa.

    Mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri abakozi batakaje akazi bangana na 53%, mu buhinzi n’ubworozi hagiye abangana na 31% na ho mu nganda hagenda abangana na 27%.

    Akarere ka Huye ni ko kaza imbere mu kugira benshi batakaje imirimo ku rugero rwa 29%, kagakurikirwa n’aka Musanze katakaje abangana na 24% kubera serivisi z’ubukerarugendo zahagaze.

    Byinshi mu bigo kugeza ubu ngo ntabwo birabasha kubyuka cyangwa kuzahuka ngo bigere ku muvuduko byariho, kuko ibigera kuri 95% bitarahabwa ku gishoro cy’Ikigega cya Leta cyagenewe kunganira ubukungu bwazahajwe na Covid-19.

    Dr Ismael Byaruhanga na we yakomeje agaragaza imbogamizi ziri mu bucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga, avuga ko kuva ari cyo cyerekezo Leta iganamo hakenewe amavugurura y’uburyo ubu bucuruzi bukorwamo.

    Avuga ko serivisi z’ubwikorezi bw’ibintu cyane cyane ibijya n’ibiva mu mahanga zihenze cyane, ku buryo umuntu watumije umutwaro upima ibiro bitanu uvuye mu gihugu cy’u Bwongereza, ngo awishyurira amadolari ya Amerika 110 (ni amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 110).

    Uko ubukungu bwaguye
    Uko ubukungu bwaguye

    Ati “Usanga igiciro cyatanzwe mu kuzana ibyo bicuruzwa kiruse kure cyane icyatanzwe mu kubigura”.

    Dr Byaruhanga ajya inama y’uko Leta yakorana na Kompanyi y’indege z’u Rwanda (Rwandair) hamwe n’ibindi bigo mpuzamahanga bikora ubwikorezi, kugira ngo bijye gutumiza no kohereza ibintu mu mahanga birusheho guhenduka.

    Avuga kandi ko abaturage bakeneye ibikoresho nka telefone zigezweho (smart Phones), byazabafasha kugura no gucuruza hifashishijwe ikoranabuhanga, aho kugira ngo abantu bajye bajya kubyiganira mu masoko.

    Ibi kandi ngo byagombye kujyana n’uko igiciro cyo guhererekanya amafaranga hagati y’umuntu n’undi (umuguzi n’umucuruzi), byarushaho kugabanywa cyane, kuko ngo Abaturarwanda bahomba 7.1% by’inyungu yabo mu kugura no kugurisha hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa wa IPAR, Dr Kayitesi Eugenia, avuga ko ubu bushakashatsi babugejeje ku nzego za Leta zibishinzwe ndetse n’abandi bafatanyabikorwa, kugira ngo buzashingirweho mu gufata ibyemezo.

    Yagize ati “IPAR yo ikora ubushakashatsi ikabuha abafata ibyemezo kugira ngo babushingireho, twe ntidushyira mu bikorwa, Leta ni yo ibubona (ubushakashatsi) ikabukorera ubusesenguzi, igafata ibyemezo bibereye abaturage. Twatumiye abantu bose kugira ngo barebe ingaruka zatewe n’iki cyorezo, kugira ngo bafate ingamba muri iki gihe cya Corona na nyuma yaho”.

    Avuga ko hari inzego nyinshi zirebwa n’ubu bushakashatsi zirimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, iy’Ubucuruzi, ishinzwe Ubuzima, Minisiteri y’Uburezi, ndetse na bamwe mu bafatanyabikorwa ba Leta.

    Guhererekanya amafaranga birahenze
    Guhererekanya amafaranga birahenze

    Mu cyumweru gishize Leta y’u Rwanda yatangaje ko yatanze impapuro z’agaciro (Eurobonds) ku bashoramari b’i Burayi, kugira ngo bayigurize Amadolari ya Amerika angana na miliyoni 620 (aragera kuri miliyari 620 z’Amafarangha y’u Rwanda).

    Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ivuga ko igice kimwe cy’ayo amafaranga kizishyura umwenda wari usigaye muri miliyoni 400 z’Amadolari yavuye kuri Eurobons zatanzwe muri 2013, asigaye akazashorwa mu bikorwa byo kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19.


    source : https://ift.tt/2XftocQ

  • RIB yafunze 11 barimo abapolisi n’abagenzacyaha bakekwaho uruhare mu gukubita imfungwa bikayiviramo urupfu – #rwanda #RwOT

    Abatawe muri yombi barimo barindwi bakurikiranweho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu, mu gihe abandi bakurikiranweho ubufatanyacyaha.

    Abapolisi bakekwaho ubufatanyacyaha mu cyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa naho abagenzacyaha bakurikiranweho kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome cyangwa gikomeye.

    Ntabajyana Laurent wakubiswe bikanamuviramo urupfu, yari afungiye icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, aho yatawe muri yombi ku wa 2 Kanama 2021.

    Uyu muturage w’imyaka 48 ni uwo mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Rugarama, Akagari ka Matare, Umudugudu wa Rebero yafashwe nk’uko n’abandi bakurikiranweho ibyaha bafatwa.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko yafashwe na RIB ifatanyije na Polisi, afungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rugarama, bishingiye ku kirego cyari cyatanzwe n’umugore we, waregaga ko amuhoza ku nkeke.

    Bivugwa ko ku wa 6 Kanama 2021, ahagana saa 4h40 z’urukerera, Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Rugarama wari waraye ijoro yabwiwe ko hari umufungwa urembye cyane, hanyuma ajyanwa ku Bitaro bya Kiziguro, agezeyo yitaba Imana.

    Amakuru avuga ko RIB imaze kumenya ko Ntabajyana yitabye Imana mu buryo buteye urujijo, yatangije iperereza ndetse umurambo wa nyakwigendera uhita ujyanwa muri Laboratwari y’u Rwanda y’Ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera (Rwanda Forensic Laboratory).

    Ibyavuye mu iperereza…

    IGIHE yabashije kubona raporo ya muganga yakozwe n’abahanga aho igaragaza ko uyu mugabo yapfuye azize gukubitwa.

    Ibi kandi byemezwa n’abatangabuhamya bari bafunganywe na Ntabajyana Laurent, bavuga ko mu ijoro ryo ku wa 5 Kanama, yasakuje cyane, hanyuma abafungwa bakabwira Komanda wa Sitasiyo ya Polisi ya Rugarama, IP Jean Claude Mukomeza ko ari kubasakuriza.

    Uyu mupolisi ngo yabasubije ko umuntu umwe atabananira kumucecekesha. Guhera ubwo batangiye kumukubita ngo aceceke.

    Guhera ubwo ngo bamwe mu bafungwa bahise bazirika Ntabajyana, bakoresheje ishati ye, batangira kumukubita ngo naceceke, uko asakuza na bo bagakomeza, baje kubireka aho baboneye ko bamunegekaje.

    Nyuma yaje kuremba ni bwo baje kumenyesha Komanda wa Sitasiyo ya Rugarama amujyana mu Bitaro bya Kiziguro apfira kwa muganga.

    RIB yatangaje ko kugeza ubu abapolisi babiri barimo Komanda wa Sitasiyo ya Rugarama n’uwari urinze sitasiyo iryo joro ndetse n’abagenzacyaha bahishiriye uko gukubitwa bamaze gutabwa muri yombi ndetse hakaba hakurikiranwe n’abandi barindwi bivugwa ko ari bo bamukubise.

    Mu byaha bitatu bakurikiranweho, igito gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka ibiri n’itatu ndetse n’ihazabu y’ibihumbi 500 Frw ariko itarenze miliyoni 1 Frw. Mu gihe igihano kinini ari ugufungwa imyaka iri hagati ya 15 na 20 ndetse n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw ariko zitarenze miliyoni 7 Frw.

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rwafunze abantu 11 barimo abapolisi n’abagenzacyaha bakurikiranyweho uruhare mu gukubita imfungwa bikayiviramo urupfu

    source : https://ift.tt/3CGCxLQ

  • Ubuzima bwatangiye kugaruka: Amarangamutima y’ab’i Kigali ku munsi w’iyubahirizwa ry’ingamba nshya (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Hari hashize igihe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yemeza ko ingendo zibujijwe guhera saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba kugera saa Kumi za mu gitondo.

    Nyuma yo kugenzura imiterere ya Covid-19 mu Rwanda, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 11 Kanama 2021, yanzuye ko ingendo zibujijwe guhera saa Mbili z’umugoroba kugera saa Kumi z’igitondo.

    Ibi byatumye kandi ibikorwa byemerewe gukomeza gukora bisabwa gufungwa saa Moya. Ku masaha abiri yongereweho, abashabitsi bakorera muri Kigali batangarije IGIHE ko ari ikintu gikomeye kandi ko kigiye gutuma bongera gukora batuje.

    Musoni Slyvin yavuze ko kongerwa kw’amasaha y’ingendo n’imirimo byamusubije agatima impembero.

    Yagize ati “Kongeraho aya masaha bigiye gutuma ibyo nakoraga byiyongera kandi nzajya nkora ntuje kuko mbere saa Kumi zageraga umuntu agatangira kurwana no gutaha kandi akazi gakunze kuboneka muri ayo masaha.”

    Yavuze ko kuri we abona ubuzima bwagarutse ariko agasaba bagenzi be kudateshuka ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 ngo hato bidasubira irudubi.

    Ati “Mu by’ukuri navuga ko ubuzima bwagarutse kandi rwose bwagarutse cyane. Icyo nasaba bagenzi banjye ni uko bakomeza guhangana n’icyorezo bitatuviramo gusubira kuri ya masaha cyangwa ngo tujye muri guma mu rugo.”

    Umucuruzi ukorera mu Isoko rya Nyabugongo wari muri Gare aho ategera imodoka, Uwimana Clarisse, yavuze ko kuri we amasaha abiri afite byinshi avuze cyane ko abakiriya bakunze kuboneka bavuye mu kazi.

    Ati “Nkatwe ducuruza ibiribwa, ubusanzwe tubona abakiriya ari uko abakozi bari gutaha mu masaha y’umugoroba. Ibi byadushimishije kubera ko ayo masaha agiye kudufasha kubona abakiriya tukongera kwiyubaka. Urebye ubuzima bwatangiye kugaruka kuko umuntu ari kubasha kubona icyashara.”

    Ku ruhande rw’abamotari bo basaga n’abagaragaza akababaro cyane ko muri ayo masaha byari bigoye kubona abagenzi.

    Ndayizeye Emmanuel yagize ati “Ni byo bongereye amasaha, ariko nawe urabibona ko nta bagenzi bahari. Ahubwo navuga ko byanatugoye cyane. Buriya twebwe ariya masaha ya mbere yaduhaga amafaranga menshi ariko ubu abantu bari kubona igihe cyo kwitegura bigatuma batega imodoka twebwe dusa n’abari kubihomberamo. Icyo nakubwira ni uko wenda bizagenda biza ariko abamotari tubona bizongera kuduhira ari uko turi amasaha yose.”

    -  Ntabyera ngo nde!

    Tariki ya 12 Kanama 2021 ni bwo amabwiriz mashya yatangiye kubahirizwa. Birumvikana ko umuntu watahaga saa Kumi n’ebyiri kumwongerera amasaha abiri byari kumufasha kwitegura neza akagerera mu rugo ku gihe.

    Ariko hari abantu ku munsi wa mbere bagaragaye barengeje amasaha ariko biganjemo abakoresha ibinyabiziga.

    Saa Mbili zuzuye, umunyamakuru wa IGIHE yari ageze i Remera ku Gisimenti. Mu muhanda wabonaga hari imodoka zitari nyinshi na moto mbarwa abagenda n’amaguru bo ntawe wari guca iryera.

    Inzego z’umutekano zari zabukereye bituma abantu barenze ku mabwiriza bahagarikwaga buri wese hakumvwa impamvu ye basanga yumvikana bakamureka agakomeza urugendo.

    Ibi ni nako byari bimeze mu Karere ka Kicukiro ahazwi nka Sonatube aho saa Mbili n’iminota mike, buri modoka yatambukaga yabanzagaguhagarikwa ngo uyitwaye abazwe impamvu zamuteye kurenga ku mabwiriza.

    Ingamba zafashwe ziri kubahirizwa mu gihugu hose uretse imirenge 10 yiganjemo iyo mu Ntara y’Amajyepfo yashyizwe muri guma mu rugo.

    Abacuruzi bo bishimiye igihe bongererewe ku masaha y’akazi n’icyo bafungiraho

    Abamotari bo bavuga ko ku munsi wa mbere bahahombeye

    Abapolisi bari babukereye ubwo saa Mbili zuzuraga batangiye kubaza abatawaye ibinyabiziga impamvu barengeje amasaha

    Abashabitsi bishimiye ko bongerewe amasaha yo gukora bemeza ko bishobora kubabera imbarutso yo kongera kuzahura ubukungu

    Abenshi bahisemo kwigendera n’amaguru kugira ngo bagere mu rugo hakiri kare

    Amarangamutima yari yose kubona abantu bongeye kugeza amasaha y’ijoro bari mu muhanda

    Benshi bishimiye ko bongerewe igihe bagaragaza ko bigiye kubafasha kujya bakora batuje

    Imodoka ni zo zari ziganje mu mihanda ubwo haburaga iminota mike ngo isaha ntarengwa z’ingendo zigere

    Ahagana saa Moya n’igice i Nyabugogo hari hakiri abantu bagendagenda

    Umuvundo w’imodoka n’abantu byagaragaye cyane mu masaha ya saa Moya

    Ishusho igaragaza Rond Point ya Sonatube uko yari imeze

    Mu mihanda ya Kicukiro, nta n’inyoni yarimo ubwo saa Mbili zuzuraga

    Kubona umugenzi ugenda n’amaguru hejuru ya Saa mbili byari kukugora cyane

    Amafoto: Igiribuntu Darcy


    source : https://ift.tt/3g1pdbj

  • #COVID19: Abantu 10 bitabye Imana, abahawe doze ya mbere y’urukingo ni 77,622 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 930. Abitabye Imana ni bagore 5 n’abagabo 5.

    Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko ku wa Kane abasezerewe mu bitaro ari 10 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 14, abarembye ni 37.

    Abahawe doze ya mbere y’urukingo kuri uyu wa Gatatu ni 77,622 naho abamaze gukingirwa bose bakaba ari 806,752.

    source : https://ift.tt/3CGyeQF

  • Intumwa za Angola zasuye Polisi y’u Rwanda ziganirizwa uko u Rwanda rurwanya ruswa – #rwanda #RwOT

    Izi ntumwa zari ziyobowe na Minisitiri ushinzwe Ubugenzuzi Bukuru bw’Imiyoborere y’Igihugu, Dr. Sebastiao Domingos Gunza, ari kumwe na Ambasaderi w’iki gihugu mu Rwanda, Eduardo Filomeno Leiro Octávio.

    Izi ntumwa zigizwe n’abakozi barindwi baturuka muri Minisiteri ifite mu nshingano zayo iterambere ry’igihugu, ibijyanye n’ingengo y’imari n’ubugenzuzi bw’imikoreshereze y’imari mu bigo bitandukanye bya Leta. Hari haje n’abakozi batanu baturutse muri Ambasade ya Angola mu Rwanda.

    Bakiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ari kumwe n’abandi bayobozi b’amashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda.

    Mu biganiro IGP Dan Munyuza yagiranye n’aba bashyitsi byibanze ku kugaragaza intambwe Leta y’u Rwanda imaze gutera mu kurwanya ruswa ariko cyane cyane uruhare rwa Polisi muri uru rugamba.

    Yabagaragarije uko Polisi y’u Rwanda ikorana n’izindi nzego za Leta mu kurwanya ruswa, yavuze Urwego rw’umuvunyi mukuru, Ibiro by’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’abandi batandukanye. Izi nzego zose intego ni imwe aho ruswa igomba kurwanywa kandi uyifatiwemo ntayahanirwe na gato mu cyitwa Zero Tolerance mu ndimi z’amahanga.

    IGP Munyuza yavuze ko Polisi y’u Rwanda ubwayo hari ingamba zitandukanye yashyizeho zijyanye no kurwanya ruswa mu bapolisi aho hashyizweho ishami ryihariye rishinzwe kurwanya ruswa.

    Yashimangiye ko Polisi y’u Rwanda ishyira ingufu mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi mu rwego rwo kwirinda ko umuturage ahura n’umupolisi bikaba byaba intandaro yo gusaba cyangwa gutanga ruswa.

    Yagize ati “Mu kurwanya ruswa, Polisi y’u Rwanda yo ubwayo yashyizeho ingamba zo kuyirwanya mu bapolisi mbere yo kuyirwanya ahandi mu zindi nzego. Twashyize umwihariko mu mashami nk’irishinzwe umutekano wo mu muhanda, ishami rishinzwe gukoresha ibizamini byo kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga, irishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga ndetse n’ahandi mu mashami ya Polisi mu Ntara.”

    IGP Munyuza yagaragaje ko ibihano bikarishye n’ikoranabuhanga biri mu byagabanyije cyane ruswa yajyaga ikunda kugaragara mu bapolisi.

    Ati “Muri Polisi y’u Rwanda dufite ishami rishinzwe kurwanya ruswa, abapolisi babifatiwemo birukanwa mu kazi. Twashyize imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga nko gushyira za Camera mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali no mu mihanda minini yo mu ntara, Camera umupolisi agendana ku mwambaro w’akazi, gusaba serivisi ukoreshe uburyo bw’Irembo aho umuntu ashobora gusaba serivisi cyangwa akishyura atagombye kuva aho ari ngo ajye guhura n’umupolisi. Ibi byose biri mu kurwanya ko umupolisi agira aho ahurira n’umuturage ngo habe habaho icyaha cya ruswa.”

    IGP Munyuza yashimiye Minisitiri Dr. Sebastiao Domingos Gunza n’intumwa ayoboye kuba bahisemo gusura u Rwanda bakareba ibirimo gukorwa mu kurwanya ruswa.

    Yabasezeranyije ko Polisi y’u Rwanda yiteguye ubufatanye no gusangira ubunararibonye n’amakuru mu kurwanya ruswa n’ibindi byaha birimo ibyambukiranya imipaka, iterabwoba n’ahandi hafasha ibihugu byombi.

    Minisitiri Dr. Sebastiao Domingos Gunza yavuze ko kuva mu 2017 Leta ya Angola yatangiye urugamba rwo kurwanya ruswa. Avuga ko uru ruzinduko mu Rwanda hari byinshi barwungukiramo kuko rwo rumaze igihe kinini muri uru rugamba.

    Yagize ati “Twaje hano gusura Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego, badukinguriye imiryango, batweretse uburyo n’ibikoresho bifashisha mu kurwanya ruswa. Twasanze mufite umugambi wo kutihanganira uwariye ruswa kandi natwe turawufite iwacu.’’

    Yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yarumvise ko ifite inshingano zo kurwanya ruswa igafata iya mbere muri urwo rugamba. Yanyuzwe n’uburyo Polisi y’u Rwanda igirira ibanga uwatanze amakuru kuri ruswa, avuga ko no muri Angola bari muri iyo nzira kandi bazakomeza kubikora.

    Minisitiri Sebastiao yongeye gushima uburyo mu Rwanda umuntu uwo ariwe wese wariye ruswa atihanganirwa ahubwa agezwa imbere y’ubutabera byamuhama akabihanirwa.

    IGP Dan Munyuza yasobanuriye Minisitiri Dr Sebastiao Domingos Gunza ko Polisi y’u Rwanda itihanganira umupolisi ukekwaho ruswa kandi yashyize imbere ikoranabuhanga mu kurwanya ibyuho byose yanyuzwamo

    Minisitiri Dr Sebastiao Domingos Gunza yandika mu gitabo cy’abashyitsi

    Uturutse ibumoso ni Minisitiri Dr. Sebastiao Domingos Gunza, IGP Dan Munyuza na Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Eduardo Filomeno Leiro Octávio

    Ifoto y’urwibutso ubwo intumwa zavuye muri Angola zasuraga Polisi y’u Rwanda ku cyicaro gikuru

    source : https://ift.tt/2UiGp4s

  • Nyanza: Bikingiraniye mu kabari mu masaha y’ijoro bahunga Polisi ibafata mu gitondo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bose uko ari 21 bafatiwe mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana wo mu Karere ka Nyanza, barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire’ yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ndetse ko ubwo abapolisi bajyaga kubafata banze gukingura akabari biba ngombwa ko hakorerwa uburinzi kugeza mu gitondo.

    Yagize ati “Ubwo abaturage baduhaga amakuru saa tatu z’umugoroba abapolisi bamaze kugerayo bahita bikingiranira muri ako kabari uko ari 21 bakomeza kunywa inzoga. Hafashwe icyemezo cyo kubihorera bagumamo kugeza bucyeye babura uko babigenza barakingura. Si ubwa mbere muri ako kabari ka Ngiruwonsanga hafatirwa abantu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, kuko mu minsi ishinze kari kafunzwe ariko yari yongeye kugafungura”.

    SP Kanamugire yavuze ko abo bantu bari banarenze ku masaha yo kuba buri muntu wese yageze aho ataha (Curfew), kuko bafashwe saa tatu za nijoro. Yongeye kwibutsa abaturarwanda ko amabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19 avuga ko utubari dukomeza gufunga.

    Ati “Kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 amabwiriza avuga ko utubari dukomeza gufunga, ariko biratangaje kuba hakiri abantu nka Ngiruwonsenga babirengaho bakadufungura rwihishwa. Abo kimwe n’abandi bose bazajya bafatwa n’inzego zibishinzwe zibace amande”.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye abaturage kurushaho gutinya icyorezo kuruta gutinya ibihano cyangwa gutinya inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza, anibutsa abantu ko Covid-19 ikiriho kandi yica buri muntu”.

    Yakanguriye abaturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 bubahiriza amabwiriza yose uko agenda atangwa n’inzego z’igihugu. Yabasabye gukomeza gutanga amakuru igihe hari abo babonye barenga ku mabwiriza.

    Abafashwe bahise bipimisha icyorezo cya Covid-19 ku kiguzi cyabo, ndetse inzego zibishinzwe zikaba zabaciye amande hakurikijwe amabwiriza.

    source : https://ift.tt/3yHjui0

  • Akarere ka Musanze kahawe ibikoresho bya miliyoni 55 Frw byifashishwa mu gupima inyubako – #rwanda #RwOT

    Ibi bikoresho birimo ibyifashishwa mu gupima ubukomere bw’ubutaka bugiye kubakwaho, ubw’ibyuma byifashishwa mu bwubatsi, ubw’imvange ya sima n’umucanga byakoreshejwe ndetse n’ibipima urusaku cyane cyane urw’indangururamajwi, ibinyabiziga n’izindi mashini, byose byatanzwe n’Umuryango w’Ubutwererane Mpuzamahanga wa Leta y’u Bubiligi, Enabel ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire n’imiturire RHA.

    Uwihirwe Roseline, umukozi wa Enabel, yavuze ko byatanzwe bigamije gufasha Akarere ka Musanze kurushaho kugenzura inyubako zihubakwa mbere y’uko zubakwa na mbere y’uko zikoreshwa.

    Yagize ati “Twatanze ibikoresho bitandukanye byifashishwa mu bugenzuzi bw’inyubako kuko hari ubwo zubakwaga zigahabwa ba nyirazo ariko ugasanga igenzura ritabayeho cyangwa rikagorana kugira ngo umenye niba ibyari biteganyijwe ari byo byakozwe, ibi rero bikunda no guteza impanuka ku myubakire kuko hari ubwo usanga ahubatswe hadakwiye cyangwa ibyakoreshejwe ari byo bidakwiye.”

    Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire n’Imiturire RHA, Rwigamba Vincent, yavuze ko ibi bikoresho bije kongera ubushobozi bw’ibyari bihari bike kandi ko bazabyifashisha no kongerera ubumenyi abakozi bo muri turere twabihawe.

    Yagize ati “Ubundi mbere y’uko batanga uruhushya rwo kubaka bagomba kubanza gusura bakareba ahazubakwa, muri ibi bikoresho harimo ibizabafasha kujya bareba ubutaka bugiye kubakwaho niba bukomeye ku buryo inyubako igiye kuhajya itazateza ikibazo. Hari n’ibigomba kwifashishwa mu gihe iri kubakwa harebwa niba na byo bikomenye.”

    “Hari n’igipima urusaku kuzadufasha kumenya ingano y’urusaku, ubundi abo muri one stop center bakubwiraga ngo muri gusakuza ariko ugasanga haribazwa ngo bashingiye kuki, ibi rero ni byo bigomba gukemuka. Akenshi hatangwaga ibikoresho bigahera mu makarito ariko ubu turi guhugura abazabikoresha ku buryo nta kibazo cyo kudakoreshwa kizagaragara.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Rucyahanampuhwe Andrew, yavuze ko kuba babonye ibikoresho bigezweho bizabafasha gutanga serivisi yihuse kandi inoze ku babagana nk’Akarere karimo umujyi wunganira uwa Kigali kandi ugenda utera imbere uko bwije n’uko bukeye.

    Yagize ati “Twari dufite icyuho mu bikoresho byaburaga muri One Stop Center y’Akarere n’ubumenyi mu kubikoresha, uyu munsi ni amahirwe kuko tubonye ibi bikoresho ariko tukaba tubonye n’abiteguye kuba badufasha mu kubikoresha. Abaturage bazarushaho kubona serivisi yihuse kandi inoze cyane cyane ko Musanze ari Umujyi uri gutera imbere umunsi ku wundi.”

    Ibikoresho biri gutangwa kuri iyi nshuro ni ibizifashishwa mu kugenzura inyubako n’urusaku byatwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 167,bikazahabwa Uturere twa Musanze, Rubavu na Rwamagana.

    Ubuyoboiz bw’Akarere ka Musanze, ubwo bwashyikirizwaga ibikoresho byifashishwa mu gupima inyubako

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Rucyahanampuhwe Andrew, yavuze ko kuba babonye ibikoresho bigezweho bizabafasha gutanga serivisi yihuse

    source : https://ift.tt/3Ayl2vp

  • Abapolisi b’u Rwanda 12 basoje amahugurwa abagira intyoza mu gucunga umutekano wo mu mazi – #rwanda #RwOT

    Mu byo bahaguwe harimo kwibira mu mazi byihuse bagiye gutabara umuntu uguye mu mazi, kwibira mu bujyakuzimu muri metero hagati ya 25 na 30 bagiye gushaka cyangwa gutabara ikintu cyacubiye mu kiyaga, banahuguwe ibijyanye no koga bisanzwe.

    Aya mahugurwa yatangwaga n’abarimu batatu bafite inararibonye ku mutekano wo mu mazi, bakomoka muri Isiraheli.

    Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza; yari ari kumwe n’Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, ACP Elias Mwesigye, hari kandi n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CSP Edmond Kalisa.

    DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza yavuze ko inshingano nyamukuru za Polisi y’u Rwanda ari ukurinda umutekano w’abantu n’ibyabo, yemeza ko uwo mutekano ugomba gucungirwa ahantu hose harimo no mu mazi.

    Yavuze ko aya mahugurwa yahawe abapolisi yaziye igihe kandi ari ingenzi. Ati “Ibikorwa by’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ni ingenzi kuko biri mu bifasha Polisi y’u Rwanda kuzuza inshingano zayo.”

    “Aya mahugurwa kimwe n’andi yose azakurikiraho ari mu murongo wo kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi harimo nk ’ibi mumaze kutwereka bijyanye no gushakisha mu mazi no kurohora abantu cyangwa ibintu byarohamye.”

    Yakomeje agaragaza ko impanuka zikunze kubera mu mazi zigahitana ubuzima bw’abantu zikanangiza imitungo yabo zigomba gukumirwa ku rwego rwo hejuru.

    Ati “Hari impanuka n’ibindi byaha bikunze kubera mu mazi, tugomba gukoresha imbaraga zose zishoboka mu kubyirinda no kubirwanya kuko hari ibihitana ubuzima bw ’abantu cyangwa bikangiza imitungo yabo. Tugomba kubikumira bitaraba ndetse byanaba tukabirwanya, byose biri mu murongo wo kugeza ituze n’umutekano ku baturarwanda.”

    Umuyobozi wa Polisi wungirije yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda izakomeza kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi mu mashami yayo atandukanye kugira ngo barusheho gusohoza neza inshingano bafite kandi bakabikora kinyamwuga.

    Yasabye abapolisi barangije amahugurwa kuzakoresha neza ubumenyi bahawe kandi bakazakomeza kurushaho kwiyungura ubumenyi.

    ACP Elias Mwesigye yavuze ko mu gutoranya abapolisi 12 basoje amahugurwa hari ubushobozi n’ubumenyi bw ’ibanze byashingiweho. Ibi bikaba byabafashije kwitwara neza mu mahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitandatu.

    Yagize ati” Aba bapolisi batoranyijwe hakurijwe ikinyabupfura no kuba bameze neza mu mutwe no ku mubiri. Bigishijwe ibintu bitandukanye birimo kwibira mu mazi nta bikoresho bifashishije bagiye gutabara umuntu byihuse, amayeri atandukanye ajyanye no koga, kwibira mu mazi ahantu harehare hagati ya metero 25 na metero 30 bagiye kurohora no gushaka ikintu cyangwa umuntu warohamye mu mazi, bigishijwe uburyo bwo gutwara ubwato n’ibindi bitandukanye.”

    ACP Mwesigye yashimiye abatoza n’abanyeshuri kubera ishyaka bagaragaje mu gihe cy ’ibyumweru bitandatu bari bamaze mu mahugurwa.

    Abanyeshuri yabasabye gukomeza kwiyungura ubumenyi bityo ibyo bigishijwe ntibazabyibagirwe ahubwo bajye bahora bashakashaka ibindi biyungura.

    Abarimu batanze aya mahugurwa bafite ikigo cyigenga gisanzwe gitanga amahugurwa nk ’aya mu bihugu bitandukanye ku Isi kitwa Galint Limited.

    Reuben Rosenblat, uwari uhagarariye bagenzi be yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda kuba bwarabatumiye bakaza gutanga amahugurwa ku bapolisi, amahugurwa ajyanye n’umutekano wo mu mazi.

    Yavuze ko abahuguwe baranzwe n’ubushake n’umurava avuga ko yizera ko ibyo bigishijwe bizabagirira akamaro ndetse bikagirire n’abaturarwanda bakoresha ibiyaga n’inzuzi.

    PC Tuyizere Bosco umwe mu bapolisi 12 bahugurwaga, yashimangiye ko amasomo bigishijwe atazabapfira ubusa ko ahubwo azabafasha mu gutanga ubutabazi igihe hari impanuka ibereye mu mazi.

    We na bagenzi be bavuze ko ubumenyi bahawe bwaje bwiyongera ku bundi bari basanganwe kuko n’ubusanzwe bose basanzwe bakorera mu ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi.

    Abarangije amahugurwa bahamya ko ubumenyi bahawe ari ingirakamaro kuko bizabafasha gutabara byihuse

    Abapolisi bahuguwe basanzwe bafite ubumenyi bwo gucunga umutekano wo mu mazi

    Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza ni we wasoje aya mahugurwa

    source : https://ift.tt/3iGNvJu

  • Huye: Igihirahiro ku mwangavu w’imyaka 17 watewe inda n’umuhungu bangana akirukanwa iwabo – #rwanda #RwOT

    Ni ikibazo cyateje amakimbirane hagati y’imiryango yombi kuko uw’umuhungu ushinja se w’umukobwa kubafungishiriza umwana kandi bombi bararyamanye ari abana bataruzuza imyaka y’ubukure.

    Iyo miryango yombi ituye mu Mudugudu w’Ubwiyunge mu Kagari ka Cyimana mu Murenge wa Tumba.

    Uwo mukobwa avuga ko akimara kumenya ko atwite, se umubyara yamutegetse ko inda ayikuramo cyangwa akamuvira mu rugo. Yahise kujya kuba iwabo w’umuhungu babana nk’umugabo n’umugore ariko batarasezeranye.

    Ati “Njyewe narababwiraga ngo ‘bareke kumufunga’ maze arere umwana we kugeza igihe azakurira kuko njyewe nta bushobozi mfite bwo kumurera. Papa yaransabaga ngo nkuremo inda y’uyu mwana cyangwa se mfate inzira mujyane kwa mabukwe muteyo nsubire mu rugo, cyangwa mfungishe uwo muhungu cyangwa niba ibyo byose mbyanze nsohoke mu rugo rwe nigendere.”

    Nyina w’umuhugu avuga ko kuri ubu atunze umwuzukuru n’umukazana we kandi agowe no kubitaho wenyine kuko umuhungu we wamufashaga bamufunze.

    Ati “Icyo nasaba ni uko bamufungura agatunga umwana we n’umugore kuko njyewe nta bushobozi mfite mu gihe papa we atamushaka iwe. Umuhungu wanjye yakoraga agatunga umuryango. Ni abana nyine bakoze iby’abana, bose nta wujuje imyaka yo gushyingirwa.”

    Uyu mubyeyi akeka ko se w’umukobwa yaba yaratanze ruswa kugira ngo umuhungu we afungwe ataburanye mu rukiko bizarangire ajyanywe mu kigo cy’inzererezi nk’uko bijya bigenda ku bandi bafatirwa mu businzi n’ubujura.

    Ku rundi ruhande, se w’umukobwa ahakana amakuru y’uko ari we wafungishije umuhungu ko ahubwo ikirego kiri gukurikiranwa na RIB.

    Yagize ati “Nafatanyije n’ubugenzacyaha kugira ngo uyu muhungu abashe gufatwa, yarafashwe ngira ngo amaze icyumweru niba atari ibyumweru bibiri afunze. Byanze bikunze ubugenzacyaha ni cyo bubereyeho, buzagenza icyaha kandi bugaragaze uko giteye.”

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B.Thierry, yemeza amakuru y’uko uwo muhungu yatawe muri yombi kandi dosiye ye yamaze kugezwa mu rukiko.

    Ati “Dosiye yageze mu rukiko ubwo ni ho wabariza. Akurikiranweho gusambanya umwana. Ikindi kandi uwo ukekwa afite imyaka 20 ntabwo ari 17.”

    Ababyeyi b’umuhungu bavuze ko umwana wabo atigeze agezwa mu rukiko ahubwo agifungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ngoma mu Karere ka Huye kandi ahamaze ibyumweru bibiri kuko bakunze kujya kumusura bakamubona.

    Nyina avuga ko umuhungu we nta ndangamuntu arafata ngo igaragaze imyaka ye ariko hari ibindi bimenyetso bibigaragaza birimo indangamanota yigiyeho aho yatangiriye amashuri abanza ndetse n’aho yagiye yivuriza kwa muganga.

    Itegeko riteganya iki?

    Umwarimu w’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda akaba n’inzobere mu ishami ry’imanza nshinjabyaha, Dr. Kayitana Evode, avuga ko iyo gusambana byabaye hagati y’abana babiri bari hagati y’imyaka 14 na 17 nta cyaha kiba cyabayeho.

    Ati “Ingingo ya 133 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano ivuga ko iyo gusambana byabaye hagati y’abana babiri bafite imyaka 14 byibuze kugeza ku myaka 17 ko nta cyaha kiba cyabayeho. Ubwo rero niba barafunze umuhungu ngo ni uko ari umuhungu ngo yateye inda, baribeshye bakoze amakosa kuko nta cyaha cyo gutera inda kibaho, icyaha ni ugusambana ni abana babiri basambanye bombi, ntabwo wavuga ko umuhungu ari we wasambanyije umukobwa.”

    Kugeza ubu uwo mukobwa watewe inda imburagihe avuga ko adatuje kuko kuba mu muryango ushinja ababyeyi be gufungisha umwana wabo ari ukubura uko agira, kandi atasubira iwabo kuko bamwirukanye.

    Umujyi wa Huye ari nawo abafite ikibazo batuye

    [email protected]


    source : https://ift.tt/37BtCNt

  • Abanyamerika bagiye gutangira kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ubwo itsinda ry’abayobozi muri Kaminuza ya Kent basozaga urugendo rwabo rw’ibyumweru bibiri mu Rwanda, bagaragarizaga Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda Peter Vrooman ibikubiye mu masezerano bagiye kugirana na Kaminuza y’u Rwanda (UR).

    Bimwe mu bikubiye muri ayo masezerano harimo guhererekanya abanyeshuri hagati ya Kaminuza zombi, aho Abanyarwanda bazajya boherezwayo ndetse n’Abanyamerika bakajya mu Rwanda kuhavoma ubumenyi.

    Umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya Kent ushinzwe Uburezi Mpuzamahanga, Dr Marcello Fantoni yavuze ko biteguye gutangira kohereza abanyeshuri mu Rwanda kandi ko biteze uburezi bufite ireme bazahakura.

    Yagize ati “Turifuza kugira ikigo aha ngaha twizeye ko Kaminuza izabyemeza kandi tuzagira gahunda y’uko abanyeshuri bacu bazajya boherezwa mu Rwanda, baje kuvoma ubumenyi no kwiga amateka y’iki gihugu. Kuri ubu imibare iragoye guhita umuntu ayivuga ariko twifuza gutangira mu mpeshyi ya 2022. Dusigaje kwicara tukaganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

    “ Twifuza kohereza nibura abanyeshuri hagati ya 20-50 ku mwaka. Twamaze kuvugana n’ubuyobozi gushyiraho gahunda yo kwiga mu mpeshyi by’umwihariko ku banyeshuri bacu kandi barabyemeye.”

    Yavuze ko nta mpungenge bafite ku bumenyi abanyeshuri bavuye muri Amerika bazakura muri Kaminuza y’u Rwanda.

    Ati “ Twizeye ko bazigishwa neza n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda kandi tuzahitamo amasomo bashobora kutwigisha ariko tuzibanda cyane ku mateka y’imbere mu gihugu. Twifuza ko babona igihugu kandi bakakigiraho bakumva uko ubuzima bumeze. Nizera ko kuba mukuru muri Amerika ari inshingano zo kumenya n’ubuzima bw’ab’ahandi.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe ubushakashatsi n’imyigire muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Nosa Egiebor, yabwiye IGIHE ko Kaminuza y’u Rwanda yiteguye kwakira abanyeshuri baturutse muri Amerika no kubaha ubumenyi buhagije.

    Ati “Turiteguye neza. Ndabizi ibyo abantu batekereza kumva ngo umunyeshuri wo muri Amerika yaje kwiga mu Rwanda kandi Kaminuza y’u Rwanda iri kwitegura kubakira ndetse tuzakora ibishoboka byose. Icya mbere dufite ikirere kiberere kwiga n’ubushakashatsi kandi na Leta y’u Rwanda iri kudufasha cyane. Aya ni andi mahirwe akomeye tubonye y’imikoranire.”

    Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yavuze ko nka Ambasade bazatanga umusanzu wo kuba umuhuza hagati ya Kaminuza zombi binyuze mu gufasha abanyeshuri boherezwa na zo.

    Yagize ati “Ubufatanye hagati ya Kaminuza zombi ni kimwe muri byinshi dukorana. Ni urugero rwiza, njyewe nka Ambasaderi natera inkunga. Icyo rero tuzakora nka ambasade ni ukuba ikiraro cyo gufasha ibigo byombi guhuza umurongo. Dusanzwe dufite n’izindi gahunda zitandukanye bityo dushobora no gutanga buruse ku banyeshuri b’impande zombi. Tuzafasha abanyeshuri bavuye mu Rwanda bagiye muri Amerika kandi kimwe n’abo Kent State izohereza bifuza kwigira mu bihugu by’amahanga nk’u Rwanda.”

    Kaminuza ya Kent n’iy’u Rwanda bigiye kugirana amasezerano anyuranye agamije guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda, harimo gutangiza amasomo mashya, kongera imbaraga mu masomo yari isanzwe ahari no gufatanya mu bushakashatsi.

    Pr Lyambabaje Alezandre yasabye ko ayo masezerano yashyirwamo imbaraga akava mu mpapuro

    Umuyobozi wungirije ushinzwe ubushakashatsi n’imyigire muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof. Nosa Egiebor yavuze ko Kaminuza y’u Rwanda yiteguye kwakira abanyeshuri b’Abanyamerika

    Ambasaderi Peter Vrooman yavuze ko biteguye kuba ikiraro gihuza Kaminuza Zombi

    Bagaragaje ko mu gihe bamaze mu Rwanda bamaze kubona ko UR yafasha abanyeshuri babo kumenya amateka y’u Rwanda

    Kaminuza y’u Rwanda yageneye impano Amabasaderi Peter Vrooman

    Kaminuza zombi zigiye kugirana amasezerano agamije guteza imbere uburezi mu Rwanda

    Amafoto: Ntabareshya Jean de Dieu


    source : https://ift.tt/3m13bZU