Tag: featured

  • Ukeneye kongera ibiro cyangwa kubyibuha, dore amafunguro yagufasha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bimwe mu biryo byagufasha kubyibuha
    Bimwe mu biryo byagufasha kubyibuha

    Dore amwe mu mafunguro yagufasha mu ntego yawe yo kongera ibiro:

    1 – Imineke

    Ushobora kurya umuneke nyuma yo gufata ifunguro rya mu gitondo cyangwa se ukawuvanga na yaourt.

    2 – Ibigori

    Mu gihe wifuza kongera ibiro cyangwa kubyibuha, ni byiza gufata amafunguro arimo ibigori (igikoma, umutsima wabyo cyangwa se kawunga), imvungure n’ibindi.

    3 – Inkoko

    Umuntu wifuza kongera ibiro agirwa inama yo kurya amafunguro akungahaye kuri proteine, muri zo n’inkoko irimo.

    4 – Amavuta

    Umubiri ukenera amavuta kugira ngo ibiro byiyongere. Wakoresha aya Elayo, amamesa, ibihwagari n’ayandi.

    5 – Umugati

    Ushobora kuwurya ku ifunguro rya mu gitondo cyangwa se ukawurenza ku mafunguro yandi.

    6 – Imbuto ariko zidafite amazi menshi (Des fruits secs)

    7 – Ibinyampeke (céréales)

    Abantu batagira umwanya wo gufata ifunguro ry’amanywa, akenshi bakunze gufata ifunguro rya mu gitondo ririmo ibinyampeke kuko rifata mu nda. Ibinyampeke rero binifashishwa n’abashaka kongera ibiro, bakagirwa inama yo kubifata kenshi.

    8 – Fromage

    Fromage ikize ku bitera imbaraga (calories), ikaba ifasha kongera ibiro vuba kandi mu gihe gito.

    9 – Mayonnaise
    Mayonnaise na yo ikungahaye ku bitera imbaraga ikaba ifasha mu kongera ibiro.


    source : https://ift.tt/2VS3xXX

  • Bikingiraniye mu kabari nijoro bahunga Polisi ibafata mu gitondo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bose uko ari 21 bafatiwe mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana wo mu Karere ka Nyanza, barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire’ yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ndetse ko ubwo abapolisi bajyaga kubafata banze gukingura akabari biba ngombwa ko hakorerwa uburinzi kugeza mu gitondo.

    Yagize ati “Ubwo abaturage baduhaga amakuru saa tatu z’umugoroba abapolisi bamaze kugerayo bahita bikingiranira muri ako kabari uko ari 21 bakomeza kunywa inzoga. Hafashwe icyemezo cyo kubihorera bagumamo kugeza bucyeye babura uko babigenza barakingura. Si ubwa mbere muri ako kabari ka Ngiruwonsanga hafatirwa abantu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, kuko mu minsi ishinze kari kafunzwe ariko yari yongeye kugafungura”.

    SP Kanamugire yavuze ko abo bantu bari banarenze ku masaha yo kuba buri muntu wese yageze aho ataha (Curfew), kuko bafashwe saa tatu za nijoro. Yongeye kwibutsa abaturarwanda ko amabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19 avuga ko utubari dukomeza gufunga.

    Ati “Kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 amabwiriza avuga ko utubari dukomeza gufunga, ariko biratangaje kuba hakiri abantu nka Ngiruwonsenga babirengaho bakadufungura rwihishwa. Abo kimwe n’abandi bose bazajya bafatwa n’inzego zibishinzwe zibace amande”.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye abaturage kurushaho gutinya icyorezo kuruta gutinya ibihano cyangwa gutinya inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza, anibutsa abantu ko Covid-19 ikiriho kandi yica buri muntu”.

    Yakanguriye abaturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 bubahiriza amabwiriza yose uko agenda atangwa n’inzego z’igihugu. Yabasabye gukomeza gutanga amakuru igihe hari abo babonye barenga ku mabwiriza.

    Abafashwe bahise bipimisha icyorezo cya Covid-19 ku kiguzi cyabo, ndetse inzego zibishinzwe zikaba zabaciye amande hakurikijwe amabwiriza.

    source : https://ift.tt/2VKQ70g

  • Nyanza: Abantu 21 bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu Kagari ka Nyanza,Umurenge wa Busasamana wo mu Karere ka Nyanza.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage. Yanavuze ko ubwo abapolisi bajyaga kubafata banze gukingura akabari biba ngombwa ko hakorerwa uburinzi kugeza mu gitondo.

    Yagize ati” Ubwo abaturage baduhaga amakuru saa tatu z’umugoroba abapolisi bamaze kugerayo bahita bikingiranira muri ako kabari uko ari 21 bakomeza kunywa inzoga. Hafashwe icyemezo cyo kubihorera bagumamo kugeza bucyeye babura uko babigenza barakingura. Si ubwa mbere muri kariya kabari ka Ngiruwonsanga hafatirwa abantu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 kuko mu minsi ishinze kari kafunzwe ariko yari yongeye kugafungura.”

    SP Kanamugire yavuze ko bariya bantu bari banarenze ku masaha yo kuba buri muntu wese yageze aho ataha (Curfew) kuko bafashwe saa tatu za nijoro. Yongeye kwibutsa abaturarwanda ko amabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19 avuga ko utubari dukomeza gufunga.

    Ati” Kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 amabwiriza avuga ko utubari dukomeza gufunga, ariko biratangaje kuba hakiri abantu nka Ngiruwonsenga babirengaho bakadufungura rwihishwa. Abo kimwe n’abandi bose bazajya bafatwa inzego zibishinzwe zibace amande.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye abaturage kurushaho gutinya icyorezo kuruta gutinya ibihano cyangwa gutinya inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza. Yibukije abantu ko COVID-19 ikiriho kandi yica buri muntu.”

    Yakanguriye abaturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bubahiriza amabwiriza yose uko agenda atangwa n’inzego z’Igihugu. Yabasabye gukomeza gutanga amakuru igihe hari abo babonye barenga ku mabwiriza.

    Abafashwe bahise bipimisha icyorezo cya COVID-19 ku kiguzi cyabo ndetse inzego zibishinzwe zikaba zabaciye amande hakurikijwe amabwiriza.

    Bafashwe nyuma yo kurara mu kabari banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19

    source : https://ift.tt/3xJ1cf4

  • Incamake ku buzima bwa Tito Rutaremara n’ubutumwa yahaye urubyiruko (Video) – #rwanda #RwOT

    Rutaremara w’imyaka 76 ni umwe mu banyepolitiki bakomeye u Rwanda rufite akaba yarakoreye igihugu mu nshingano zitandukanye yagiye ahabwa.

    Mu mirimo yakoze harimo kuba Umunyamabanga Mukuru wa FPR – Inkotanyi (1987-1989); Komiseri ushinzwe ubukangurambaga (1989-1991) n’umuhuzabikorwa wa Politike n’igisirikare (1991-1993).

    Yanabaye umudepite (1995-2000); ayobora Komisiyo yo gushyiraho Itegeko Nshinga (2000-2003); aba Umuvunyi Mukuru (2003-2012), umwanya yavuyeho ajya kuba Senateri kugera mu 2019 ubwo yagirwaga Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye.

    Muri filime mbarankuru igaruka ku mateka ye yakozwe na Izingiro Production yavuze ku buzima bwe yanyuzemo haba mu Rwanda ndetse n’aho yari yarahungiye ariko wumva ko yakomeje kuba intwari mu bihe bikomeye. Akaba yaboneyeho umwanya wo gusaba abakiri bato kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu.

    Yagize ati “Umurage nifuza gusigira abato ni ugukunda igihugu cyawe, ugakunda Abanyarwanda kuko gukunda igihugu ni ukubakunda ikindi ni ukwifuza gukorera igihugu cyawe.”

    “Ukifuza kugikorera aho waba uri hose, yaba uhinga akaba aziko agomba guhinga neza akubahiriza amabwiriza ya Leta; agaburire urugo rwe abone n’ibyo ajyana ku isoko, ibyo ni ugukunda igihugu.”

    Muri iyi filime kandi yagarutse ku buryo yirukanywe mu iseminari bikozwe na Padiri Classe wamushinjaga ko agira agasuzuguro gakabije by’umwihariko imbere y’Abazungu.

    Ati “Padiri Classe wategekaga seminari ni we washakaga ko banyirukana ngo abantu basuzugura abazungu si byo, umwaka ushize avuga ko ndashobora kuba umupadiri baranyirukana.”

    Bamwirukanye aha yakomereje muri St André naho baza kumwirukana bihuza n’uko iwabo bari barahunze ahita ahunga na we.

    Ndetse yavuze ku buryo yakozweho na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse ashengurwa n’urupfu rwa Gen Fred Rwigema.

    Yagize ati “Urupfu rwa Fred rwarambabaje ariko buriya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yambabaje kurushaho. Gutaha ntabwo byanshimishije nk’uko byakabaye kuko twatashye harabaye Jenoside ari ingorane ntabwo nishimye uko byari bikwiye.”

    Rutaremara ni umwe mu bantu bakunda kuba hafi urubyiruko aho ahora abashishikariza gukunda igihugu no gukora cyane.

    Tito Rutaremara yasabye urubyiruko kurangwa n’indangagaciro yo gukunda igihugu

    source : https://ift.tt/3m11tYo

  • Nyarugenge: Ruhurura ya Mpazi yatangiye gusanwa, izuzura itwaye hafi miliyari 8 Frw – #rwanda #RwOT

    Iyi ruhurura ya Mpazi yubatswe hagamijwe guha inzira amazi yaturukaga ku misozi itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali uretswe ko muri iki gihe bimwe mu bice byayo byatangiye gusenyuka binasenya ziwe mu nzu ziyegereye n’ibiraro abantu bifashishaga bayambuka.

    Bamwe mu baturage bayituriye babwiye IGIHE ko bafite impungenge z’uko imvura nitangira kugwa itararangiza gusanwa kuko izasenya inzu zabo.

    Kabahiza Elie wo mu Murenge wa Gitega yagize ati “Byaradushimishije cyane kumva ko bagiye gutangira kuyisana ikibazo dufite ni uko babivuga bigaherera mu magambo.”

    Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ibikorwaremezo n’imiturire Dr. Merald Mpabwanamaguru, yabwiye Radio Rwanda ko imirimo yo gusana iyi ruhurura yatangiye aboneraho gusaba abayituriye kuzayifata neza.

    Ati “Gahunda yo gusana iriya ruhurura ya Mpazi irahari ku buryo n’igice cyayo cyo hepfo imirimo yo kugisana yatangiye, twabanje kubaka ikiraro cy’umugezi wa Nyabugogo aho ariya mazi ava muri Mpazi azisuka. Iyo wubaka ruhurura uturuka hepfo uzamuka kuko iyo wubatse umanuka amazi aza ari menshi agasenya ibyo wubatse.”

    Bieteganyijwe ibi bikorwa byo gusana ruhurura ya Mpazi bizarangira bitwaye milliyari 7.9 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Uretse ruhurura ya Mpazi, Umujyi wa Kigali unemeza ko ufite gahunda yo gukora indi miyoboro umunani y’amazi y’imvura hagamijwe kurinda abaturage ibiza.

    Ruhurura ya Mpazi yatangiye gusanwa mu rwego rwo kuyobora neza amazi y’imvura atuma habaho ibiza bisenyera abaturage

    Abaturiye Ruhurura ya Mpazi bafite ubwoba bw’uko imvura nigwa ari nyinshi iyi ruhurura itarubakwa izabasenyera

    source : https://ift.tt/3xPjGe4

  • Kuki amafaranga y’ishuri atazagabanywa kandi igihembwe kizamara ukwezi kumwe? – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 2 Kanama 2021 ni bwo abanyeshuri biga muri iki cyiciro batangiye amasomo y’igihembwe cya gatatu azamara ukwezi kumwe bakazahita bakomerezaho undi mwaka w’amashuri wa 2021-2022 muri Nzeri.

    Kugeza ubu ariko Minisiteri y’Uburezi isa n’iyatereye agati mu ryinyo ku ngingo yo kongera cyangwa kugabanya amafaranga y’ishuri kuko yihunza kugira icyo ivuga ku bijyanye n’amafaranga ababyeyi bafite abana biga mu bigo byigenga bishyura.

    Hari bamwe mu babyeyi baganiriye na IGIHE, bavuze ko amashuri bari basanzwe barereramo ubwo yongeraga gufungura imiryango yazamuye amafaranga y’ishuri kandi kugeza n’ubu ni ko bikimeze,bakibaza impamvu y’iryo zamuka rihanitse bikabashobera.

    Ntibaziyaremye Ezechiel urerera mu ishuri rya “Mère du verbe” riherereye mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko amafaranga basabwa ari menshi kandi abana bagiye kwiga igihembwe kimwe bityo bakifuza ko yagabanywa.

    Yagize ati “Ni ukuri twararenganye nk’ababyeyi barerera mu bigo byigenga. Mu gihe cya guma mu rugo ya mbere bongeye gufungura amashuri ibigo byagendeye ku nyungu zabyo. Nk’aho nderera hongereweho ibihumbi hafi 30. Ayo mafaranga yagumyeho turatakamba biranga, aho umubyeyi yakuraga kenshi ibikorwa byarafunzwe twese nta wutarabigendeyemo ariko ibigo bikazana amaganya y’inyungu zabyo.”

    Ibyo bibazongo byakomeje kuba rwiziringa mu bigo byigenga dore ko kugeza ubu biteganyijwe ko abana biga mu mashuri y’incuke n’icyiciro kibanza bagiye kwiga igihe gito cyane.

    Ati “Nabwo twasabye ko batugabanyiriza ariko barabyanga. Ni akarengane mutuvuganire. Ubuyobozi bw’ikigo buvuga ko nta handi bwakura amafaranga yo guhemba abarimu. Ni byo koko nta handi ariko bumve ko n’aho umubyeyi yakuraga ubukungu bwe bwahungabanyijwe n’icyorezo.”

    Ibi ariko abihuriraho n’abandi babyeyi bakomeje kwibaza uburyo bazishyura amafaranga angana n’ayo bishyuraga mu gihe gisanzwe kandi bagiye kwiga ukwezi kumwe.

    Ibikenerwa biziyongera cyangwa bizagabanuka?

    Birumvikana ko mu gihe abantu ijana bari kuzamara amezi atatu biga bakaba bagiye kumara ukwezi kumwe ntabwo ibikoresho byabura kugabanuka.

    Nirere Deborah yabwiye IGIHE ko biteye impungenge kubona ibyari kuzakenerwa bizagabanuka ariko bo bagakomeza kwishyura amafaranga asanzwe.

    Ati “Niba abana bazamara ukwezi kumwe, birumvikana ko ibyo bakenera cyangwa bakoresha bizagabanuka. Ibi bivuze rero ko twebwe turi kubigenderamo kubera ko ntacyo batuganyirizaho kandi mwibuke ko bazahita bagaruka ku ishuri muri Nzeri. Byumvikane ko na bwo bazadusaba amafaranga y’ishuri.”

    Ibi ni byo ababyeyi baheraho basaba ko amafaranga yagabanuka ndetse bagasaba ko inzego zitandukanye zishobora kubafasha ngo kuko bari kurengana.

    Abayobozi b’amashuri ntibabikozwa

    Ubuyobozi bw’amashuri ntibukozwa ibyo kugabanya amafaranga y’ishuri ngo kuko nubwo abanyeshuri bazamara iminsi mike biga ariko abarimu bo bazakomeza guhembwa.

    Umuyobozi w’Ishuri Ryigenga rya Kigali Adventist School, Murenzi Viateur, aheruka kubwira IGIHE ko amafaranga y’ishuri umubyeyi yishyura agabanyijwe na bo byabagiraho ingaruka bigahungabanya ireme ry’uburezi umwana aba akwiye guhabwa.

    Ati “Birumvikana amafaranga yakabaye agabanuka ariko nkatwe ku mashuri yigenga iyo dufite abarezi tugirana amasezerano y’akazi kandi aba ari ay’umwaka wose. Benshi bavuga ibyo ni uko baba batabizi. Ntabwo bazi inshingano z’ishuri kuko zitarangirira ku kwigisha umwana gusa.”

    Yakomeje agira ati “Hari ibyo tuba tugomba abarezi kugira ngo na bo bakore umurimo wabo neza. Kuvuga ngo amafaranga y’ishuri yagabanuka ntekereza ko natwe bitatworohera.”

    Abanyeshuri bo mu mashuri abanza bazajya biga umunsi wose kugira ngo babashe kurangiza amasomo yabo ku gihe

    Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Saint Nicolas, Mushinzimana Adrien, yavuze ko kugabanya amafaranga bitakorwa bitewe n’uko ibindi ishuri rikenera bizakomeza gutangwa.

    Ati “Birumvikana ku mubyeyi kubivuga ariko iyo urebye ibintu ishuri rikora bigaragara ko hari ibidashobora gusubiza inyuma ayo mafaranga. Urugero niba ikigo cyishyura ubukode bw’inzu n’ubundi zizishyurwa nk’uko zari zisanzwe zishyurwa. Ku kijyanye n’amasezerano y’abakozi na bo bazahora bahembwa, ibyo bintu bibiri mvuze ni byo binakomeye biva kuri ya mafaranga umubyeyi yishyura.”

    Uretse aba bayobozi ariko hari n’abo mu bigo bya leta ndetse n’ibifashwa na yo batangarije IGIHE ko bitaba byumvikana ko ababyeyi bagabanya amafaranga batangaga bitewe n’uko igihembwe cya kabiri cyari cyabaye kirekire ariko amafaranga ntiyigeze yongerwa.

    Mineduc yarumye ihuhaho

    Mu kiganiro na IGIHE ku murongo wa telefoni, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yavuze ko nka Minisiteri badatanga itegeko ry’amafaranga ababyeyi bagomba kwishyura ku ishuri kuko ari ibyemezo bifatwa n’ubuyobozi bw’ishuri n’ababyeyi barereramo.

    Yagize ati “Ubusanzwe ntabwo Minisiteri ari yo igena igiciro ku bigo by’amashuri. Ntitwavuga ngo mwishyure aya ngaya. Ni ibintu byigwa n’ubuyobozi bw’ishuri hamwe n’ababyeyi baharerera.”

    Yavuze ko kugabanya amafaranga cyangwa kuyongera byaterwa n’umwanzuro wavuye hagati y’ubuyozi bw’ishuri n’ababyeyi barirereramo.

    Ati “Mu by’ukuri ni icyemezo cyafatwa nyuma y’uko ababyeyi n’ubuyobozi bw’ishuri babiganiriyeho. Twebwe twabagira inama yo kwicara bakaganira hakarebwa icyakorwa kandi hatagize ubihomberamo.”

    Uyu muyobozi yavuze ko ababyeyi bagirwa inama yo kwegera ubuyobozi bw’amashuri bakaganira bigafatwaho icyemezo kugira ngo harebwe ku nyungu rusange.

    Abanyeshuri bo mu Cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza batangiye igihembwe cya gatatu kizamara ukwezi kumwe

    source : https://ift.tt/37Cla0f

  • Abe biciwe mu maso ye: Ubuhamya bw’uwagaruriwe icyizere na RDF nyuma yo kujujubywa i Cabo Delgado (Video) – #rwanda #RwOT

    Kuva mu 2017, abantu bagera ku 820.000 bavuye mu byabo muri Mozambique mu gihe ababarirwa mu 3.000 bishwe, umubare munini wabo ni uw’abaciwe imitwe.

    Umuryango wa Kwajime Samuel ufite abana babiri b’impanga uri mu bagizweho ingaruka n’ibitero by’imitwe y’iterabwoba, abatuye aka gace bavuga ko byagabwe n’abarwanyi ba Al-Shabaab.

    Uyu mugabo w’imyaka 30 yageze kuri gakondo ye muri Palma avuye mu Karere ka Nangade mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ya Mozambique, aho yari yarahungiye.

    Imibare yo mu 2015 yerekana ko Nangade yari ituwe n’abaturage 71.588 ku buso bwa kilometero kare 3,005. Benshi muri bo, barimo abo bari baturanye n’abo mu muryango we bavuye mu byabo.

    Ubwo baterwaga, yahise ahungira mu gace ka Matapata ariko naho ntiyahabonera amahoro.

    Mu kiganiro cyihariye na IGIHE yavuze inzira y’ubunyereri yanyuzemo kugeza ashoboye guhunga inyeshyamba zahigaga ubuzima bwe.

    Yagize ati “Nageze Matapata na ho bakomeza kuduhiga mu mashyamba. Abagabo iyo badufataga baratwicaga. Naje kuhava njya kwihisha mu ishyamba. Bo [abarwanyi] bakunda cyane ahantu hari amazi, kuko bazi ko ari ho bacungira abaturage bajya kuvoma n’abajya mu mirima.’’

    -  Al-Shabaab yari yarigaruriye Palma, kuramuka byari ah’Imana

    Umunsi umwe muri Kamena 2021 ni bwo Kwajime yabonye n’amaso ye abarwanyi ba Al-Shabaab bari mu gace yari atuyemo i Palma.

    Yavuze ko bahageraga buri munsi ndetse hari n’uwo batwayeho abo mu muryango we.

    Ati “Abantu bose baragiye. Umunsi umwe muri Kamena uyu mwaka baraje mu ijoro bafata umuvandimwe baramwica, umugore we n’abana babo barabajyana.’’

    Muri aka gace ka Palma, ni ho Al-Shabaab yari ifite ibirindiro yisuganyirizagamo kugira ngo itere abaturage.

    Ati “Aha hari inkambi yabo, bajyaga gusahura ibintu mu nzu z’abaturage, bimwe bakabijyana, ibindi bakabijugunya mu mashyamba.’’

    Yasobanuye ko igihe cyageze icyizere bakagitakaza kuko iyo babonaga Al-Shabaab bahitaga bata ibyo bafite bakiruka.

    Ati “Iyo wahuraga na bo ufite nk’umufuka w’ibyo kurya wahitaga uwuta hasi, na bo ntacyo basigaga. Ubwo batugeragaho bari barindwi, batwaye isabune, injugu, ifu y’imyumbati, amasamaki, byose barabijyana bajya kubirya. Twe baraturetse. Iyo basanze hari imyumbati yatangiye kumuka, bahita bayijyana.’’

    Yavuze ko iyo wabaga ukibakubita amaso wafataga icyemezo cyo kwiruka no gukiza amagara yawe.

    Ati “Ntushobora kubahanga amaso ngo murebane, iyo bakubonye bahita bagufata, bakagutera icyuma. Ariko iyo ugize amahirwe ukababonera kure, uriruka. Sinavuga ko nzi amasura yabo, kuko badusanze turi kurya. Njye na bagenzi banjye twahise twiruka, turihisha mu bihuru ariko kuko bari bafite imbunda ntibashobora kuhanyura ngo badukurikira, tubacika dutyo.’’

    Yasobanuye ko icyo gihe basubiye mu rugo bagasanga ibintu byose babijyanye.

    Yakomeje ati “Al-Shabaab bishe abantu benshi hano, bamaraga nk’amezi abiri bagahamagara ingabo za Leta ko intambara yarangiye. Ubwo abaturage bamaraga guhabwa ibyo kurya nk’ibigori, umuceri n’amavuta, nka nyuma y’iminsi ibiri bagahita bagaruka. N’ubu iyo muduhamagaye ngo tuze tuba dufite icyizere gike, dukeka ko [ari bya bindi] tugiye gupfa.’’

    Al-Shabaab ubwo yatangiraga ubwicanyi muri Mocímboa da Praia yakoreshaga imipanga, nyuma abo barwanyi baza kubona imbunda batangira kuzikoresha, bituma n’ubwirinzi kuri wa muturage washoboraga kwiruka ahunga ufite umupanga, iyo abigerageje ku witwaje intwaro ahita araswa.

    -  RDF yabaye inshungu, ubu agahenge kongeye kuboneka

    Nyuma y’iminsi itatu, Agace ka Palma kabohojwe, abaturage batangiye kongera kugarura icyizere.

    Kwajime yakomeje ati “Twumvise ko hari abasirikare bavuye mu Rwanda, baduha icyizere. Baraduhamagara bati ‘nimugaruke muture kuko kuba duhari twenyine ntibyumvikana, bagomba kubana n’abaturage.’’’

    Yasobanuye ko kuva mu ishyamba “ugasubira Palma, ni ingenzi cyane. Nta muntu wageraga hano; nta wari ufite icyizere ko azongera kuhagera. Kongera kuhagera birashimishije.’’

    Amakuru y’uko agahenge kongeye kuboneka yabasanze mu gace ka Quitunda, ahari inkambi icumbikiye abavanywe mu byabo.

    Ati “Abo bantu bafite icyizere, iyo ufite umwumbati wawe urawanika, ubona indagara, isabune, ukaba wanarya. Turashima ko mwahageze; n’abarwanyi bavugaga ko ingabo zacu zidashoboye, zitinya. Zikigamba ko zo zifite imbaraga.’’

    Iyo abara inkuru, mu maso ubona yuzuye agahinda k’ibyo yanyuzemo ariko akikomeza bimwe bya kigabo.

    IGIHE yamuherekeje kugera iwe mu rugo; aho yari atuye ubu ni mu matongo. Inyubako ye n’izo mu muryango we zarasenywe.

    Yatangiye gukora isuku arimo gukubura imbere y’inzu ye, ahari hamaze kumera ibyatsi byinshi kubera igihe kinini nta bahatuye. Ntarabasha gusubirana n’umuryango we ariko wumva yatangiye kwizera ko ibintu biri gusubira ku murongo.

    Nubwo bimeze bityo ariko icyizere kigenda kigaruka buhoro buhoro, ndetse abaturage bo muri Mozambique bashima ko ingabo za RDF zashyize imbaraga mu kugarura amahoro muri Cabo Delgado.

    Ati “Iyo hari amahoro gutya, biba bishimishije kuko nta wishimira kujya mu mashyamba, ntushobora no kwanika imyumbati yawe kuko umutima ntuba uri hamwe. Ntibanemera ko abantu bahinga, kuko uba utazi n’igihe intambara izarangirira. Aho murahava mukajya ahandi hantu.

    Muri Mozambique abasirikare n’abapolisi 1000 b’u Rwanda ni bo boherejweyo muri Nyakanga 2021, ndetse imirimo y’amaboko yabo yatangiye gutanga umusaruro.

    Kwajime Samuel ni umwe mu bagizweho ingaruka n’ibitero byagabwe mu Ntara ya Cabo Delgado, ubu afite icyizere ko ubuzima bugiye kongera kumera neza

    Uduce tumaze kwirukanwamo abarwanyi duhita dukazwamo umutekano ucungwa na Polisi y’u Rwanda

    Utu duce turimo ahari haragizwe ibirindiro by’abarwanyi, hamaze igihe nta baturage bahakandagiza ikirenge

    Abaturage bo muri aka gace ntibarotaga kuzongera kuhagaruka hari umutuzo

    Yavuze ko nyinshi mu nzu zangijwe n’abarwanyi. Nyuma yo kugaruka iwe yatangiye gukora isuku arimo no gukubura imbere ku mbuga yayo

    source : https://ift.tt/3sghL0B

  • Contrat y’igihe gito mu rushako, igisubizo ku bibazo byugarije ingo mu Rwanda? – #rwanda #RwOT

    Irankunda, umusore w’imyaka 27 aherutse kubwira IGIHE ko akurikije ibibazo abona mu ngo z’abashakanye muri iyi minsi, adateganya gushaka umugore keretse naramuka abonye ubundi buryo butari ukubana akaramata n’uwo bazaba bashimanye.

    Uyu musore ari mu gihiriri cy’abandi bakunze gutanga ibitekerezo aho babonye inkuru ya za gatanya, dore ko no mu Rwanda zikomeje kwiyongera. Imibare iheruruka mu 2019, igaragaza ko uwo mwaka ingo zisaga 9000 zatandukanye.

    Ubwo bwoba bwa gatanya ziyongera, amakimbirane yo mu miryango n’ibindi, bwatumye Irankunda atakereza ku kuzabana n’umukobwa uzemera ko basezerana kubana mu gihe cy’imyaka runaka (Bizwi nka Contrat y’igihe gito), yashira bagatandukana cyangwa bakiyongeza.

    Ubu buryo buzwi nka ‘Renewable Marriage Contract’ bumeze nka ryabara ry’umuyaga, rivugwa ariko ritagaragara. Mu myaka isaga ijana ishize byagiye bisabwa ku isi hose, ariko nta Leta n’imwe yigeze yemera kwigerekaho urwo rusyo.

    Mu Rwanda abagiye gusezerana haba mu mategeko no mu madini, bemeranya kubana akaramata, ni ukuvuga kubana ubuzima bwose. Icyo amategeko arusha amadini, ateganya n’uburyo abashakanye bashobora gutana mu gihe hari ibyo batumvikanyeho, ari byo byitwa gatanya.

    Renewable Marriage Contract, ni uburyo bwavuzwe bwa mbere mu Ugushyingo 1891, buvugwa n’umwongereza Havelock Ellis. Uyu mugabo yashakanye n’umukobwa wari umwanditsi w’ibitabo, Edith Lees.

    Bamaze kubana, basanze umugabo atajya agira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina na ho umugore yikundira kuryamana n’abo bahuje igitsina.

    Nubwo gutandukana mu buryo bw’amategeko byashobokaga, barabanye kugeza ubwo Lees yapfaga mu 1916. Mu 1916, Ellis yazanye igitekerezo cy’uburyo bushya bw’ishyingirwa yise ubw’igerageza, aho abantu bakundana bashobora kubanza kugerageza bakabana nk’umugabo n’umugore mu gihe runaka ariko bakabyemeza imbere y’amategeko kugira ngo hatagira serivisi bimwa nk’abashakanye.

    Yavuze ko muri icyo gihe, bakumvikana uko bakoresha imitungo yabo, bagakora imibonano mpuzabitsina ariko bagafata imiti yo kuboneza urubyaro igihe bihaye cyashira bagatandukana cyangwa bakiyongeza.

    Nyuma ya Ellis hari abandi bashakashatsi nka E. D. Cope, wavuze ko byajya biba byiza abagiye kubana babanje gusinya kubana imyaka itanu, ishobora kongeraho indi icumi cyangwa 15 bakabona gusezerana kubana burundu.

    Hashize igihe contrats z’igihe gito mu rushako zisabwa ariko nta gihugu kigeze kibyemeza

    Mu 1966, Umunyamerika Margaret Mead na we yavuze ko hakwirye kubaho uburyo bwo kubana ku banyeshuri biga muri Kaminuza aho ababihisemo bashobora kwemeranya kubana mu gihe runaka bakiri kwiga, iryo sezerano rigata agaciro bakirangiza kwiga. Mu gihe baba bashaka gukomeza kubana, bagasezerana bya burundu.

    Kuva ubwo mu Nteko zishinga Amategeko z’ibihugu bitandukanye icyo cyifuzo cyo gusezerana by’igihe gito cyagiye gitangwa ariko nta na hamwe byigeze byemerwa.

    Mu 1971 cyatanzwe na Lena King Lee muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu 2007, umunyamategeko wo mu Budage na we yongeye kubisaba, Mu 2010, muri Phillipines ihuriro riharanira uburenganzira bw’abagore ryasabye ko habaho kontaro y’imyaka icumi ku bashakanye, byongera gusabwa mu mujyi wa Mexico mu 2011.

    Abashyigikiye ubu buryo, bavuga ko uretse kugabanya ibibazo mu miryango n’amakimbirane, ari n’ibintu byafasha mu kugabanya imanza za gatanya mu nkiko, amafaranga yakoreshwaga muri ibyo akajya mu bindi.

    Ababishyigikiye kandi bavuga ko ubwo buryo bwafasha abashakanye kubanza kumenyana neza kuko akenshi ibibazo byinshi mu ngo bigaragara hashize imyaka mike babanye.

    Urubyiruko rurabishaka, MIGEPROF ibitera utwatsi

    Mugabo (izina ryahinduwe), yasezeranye n’umukunzi we mu 2013, nyuma y’imyaka itatu bari bamaze barambagizanya. Uyu mugabo wakoraga mu nzego z’umutekano ari n’umurokore, yumvaga ko ubuzima bwe bwose buzaba ari umunezero n’umugore we wari ufite umuryango wishoboye.

    Ibyari ibyishimo byatangiye kubaba bibi ku munsi wa mbere, ubwo bamwe mu bo ku ruhande rw’umukobwa bangaga gutaha ubukwe.

    Umugore yaje guhinduka cyane, ahanini bitewe n’uko umwe mu babyeyi be atifuzaga uwo musore gusa banga kubabuza kubana ngo batagaragara nabi mu rusengero.

    Mugabo yaje kuganira byimbitse n’umugore we, umugore abwira umugabo ko yamwibeshyeho kuko atari we Imana yamugeneye.

    Mumbabarire kuko inkuru yabo ni ndende, gusa yasorejwe mu rukiko bahawe gatanya, ubu Mugabo aheruka umwana we w’umuhungu mu myaka itatu ishize kuko nyina atakimwemerera kujya kumureba.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mugabo yavuze ko iyo haza kubaho uburyo bwo kubanza kumenya neza umukunzi we batarasezerana burundu mu mategeko, hari ibyo yanyuzemo byinshi atari kunyuramo.

    Ati “Mbona byagira umumaro, niba koko umuntu mwasezerana ko muzabana imyaka ibiri yashira mwabona biri kugenda neza mukongerho indi ibiri cyangwa itanu mubyumvikanyeho, ku giti cyanyu byaba byiza.

    Irankunda nubwo atarashyingirwa, na we yemeza ko habaye hari uburyo bundi bw’isezerano butari burundu, byagira icyo bigabanya ku bibazo biri mu miryango.

    Ati “Iyo urebye ukuntu ingo z’ubu zisigaye zimeze, ntabwo nasezerana n’umuntu iteka ryose. Njye umugore nzashaka tuzagira kontaro y’umwaka tubane tutarabyara, umwaka nushira tubasha kumvikana tuzakomezanye. Nushira byaranze, tubivemo aho kugira ngo tuzananiranwe tujye no muri gatanya.”

    Nubwo bamwe babyifuza, kuba hari henshi byagiye bitangwa nk’ibyifuzo ntibishyirwe mu bikorwa hari impamvu.

    Umunyamategeko Bayingana Janvier yabwiye IGIHE ko ibihugu byose usanga bishingiye ku miryango, ku buryo koroshya amategeko ajyanye n’imibanire byagira ingaruka cyane.

    Ati “Itegeko Nshinga n’andi mategeko agaragaza ko umuryango ari wo shingiro ry’umuryango nyarwanda. Ntabwo igihugu cyabaho kidafite umuryango w’ibanze, ni nk’ubuzima bw’igihugu.”

    Yavuze ko impamvu bigoye ko amategeko atahindurwa ngo abantu bemererwe kubana imyaka runaka bashaka, ari ingaruka bishobora kugira ku bazabakomokaho.

    Ati “Ntabwo amasezerano y’ubushyingiranwe afite kamere nk’amasezerano asanzwe. Nk’amasezerano y’akazi ahuza umukozi n’umukoresha, bashobora kuyashyiraho iherezo igihe babishakiye, kubera ko hari ihame ry’uko amasezerano agira ingaruka ku bayagiranye.”

    “Abashakanye bo, iyo bamaze kwinjira mu masezerano babyara abana kandi abo bantu bakaba bafite uburenganzira. Uburere n’uburenganzira bw’abana bwahazaharira kandi n’umuco na wo uri mu bibungabungwa, igisubizo numva kitari mu masezerano ahubwo kiri mu bindi bintu.”

    Yakomeje agira ati “Kubera iki umuntu akeneye kujya kubana ateganya ko bazatandukana? Byaba bije gusenya aho kubaka. Kubana nyine ni ukugira ibyo wigomwa ukagira ibyo wunguka. Abo bake byananiye amategeko afite inzira yateganyije.”

    Depite Izabiriza Marie Médiatrice yabwiye IGIHE ko gushyingirwa ari umushinga wo kwitondera, uwugiyemo akaba azi neza uko azawitwaramo

    Ati “Marriage ni umushinga ugomba kubanza kwigwaho nk’uko wajya mu yindi mishinga ukumva uzunguka, numva rero no kubana mbere na mbere wumva ko bizaguhira. Iyo bitagenze neza nk’uko wabyifuzaga, amategeko yacu atanga umurongo ko habaho kwiyunga byakanga hakabaho gatanya.”

    “Akamaro ko kubana kw’abashakanye mu buryo burambye bifasha mu kurinda uburenganzira bw’umwana bwo kurerwa n’ababyeyi bombi kandi bari kumwe. Mu muco wacu kandi kumva ko ababyeyi b’umuntu batandukanye, bibabaza ababakomokaho”.

    Depite Izabiriza asanga kwemera contrats z’igihe gito byagira uruhare mu gusenya umuryango

    Depite Izabiriza yavuze ko n’ubundi abagiye kubana babanza kurambagizanya, bityo uwo mwanya ari wo wafatwa nk’uwo kugerageza, wabona bitazakunda ukabivamo.

    Ati “Ubu buryo bwo kubana hagendewe ku myaka runaka ni bubi kuko bwatera ibibazo mu muryango.”

    Prof Bayisenge Jeannette, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango aherutse kubwira IGIHE ko nka Leta igamije kubaka umuryango, itashyiraho uburyo bugamije kuwusenya.

    Ati “Twe tugamije kubaka umuryango ukomeye kandi utekanye, kuko cyane cyane tureba no ku bana kuko mushobora kumvikana ngo murabana imyaka ibiri, muri aho hagati nimubyara nimutandukana wenda mwatekereje, uwo mwana azabaho gute? Ishusho uzaba uhaye umwana y’umuryango uzashinga ni iyihe?”

    Minisitiri Bayisenge yavuze ko abagiye kurushinga ari ngombwa kubanza kubitekerezaho, bakabikora babyiyemeje.

    Ati “Injira mu rugo wumva ko ruzaramba, unakore ibishoboka kugira ngo rurambe, nibyanga ubwo nyine bizaba byanze, ariko winjiyemo ufite intego yo kurukorera ngo rurambe.”

    Me Bayingana na we yavuze ko igihugu kiramutse gishyigikiye ubwo buryo bwo kubana by’igihe gito, cyaba gishaka kwisenya no gusenya ejo hazaza.

    Ati “Hari abandi bantu ayo masezerano yagiraho ingaruka by’umwihariko abana, ubwo iyo byagize ingaruka ku bana, biba byagize ingaruka muri rusange no ku gihugu.”

    Mu gihe abashakanye baba batandukanye barabyaye harimo umwe muri bo utishoboye, Bayingana yavuze ko byagaruka bikaba umutwaro kuri Leta kuko ba bana ari Leta yabitaho.

    Nubwo kubana by’igihe runaka bitemewe, mu bihugu bitandukanye hari uburyo abantu babana batarasezeranye buzwi nka cohabitation, urebye mu Rwanda ni nko gukocora. Icyakora ubu buryo ntibwemerwa mu mategeko, gusa abana bavutse bahabwa uburenganzira bwose bugenwa n’amategeko.

    Mu gihe abashakanye gutyo batandukanye, ntacyo babaza amategeko kuko nta sezerano rizwi baba bagiranye.

    Minisitiri Prof Bayisenge Jeannette yavuze ko urubyiruko rukwiriye kubana rwabitekerejeho neza

    source : https://ift.tt/3CNKiQ0

  • Bamporiki avuga iki ku bagaragaye baca amakayi n’imyenda bishimira gusoza ibizamini? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamporiki yatangaje ibyo nyuma y’uko hagaragaye ibikorwa by’imyitwarire yanenzwe na bamwe aho abanyeshuri barangije ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye bangiza ibikoresho birimo amakayi n’imyenda y’ishuri.

    Bamwe mu banyeshuri basoza amashuri yisumbuye baherutse kugaragaza imyitwarire idasanzwe yafashwe nko kwishimira ko barangije ibizamini nyuma y’imyaka ibiri kubera ingaruka za Covid-19.

    Hari n’aho ibikorwa by’abo banyeshuri byafashwe nk’ibyahungabanyije umutekano ndetse bamwe banatabwa muri yombi bazira kwangiza ibikoresho by’ikigo.

    Mu biganiro byatanzwe mu buryo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwizihiza umuganura muri uyu mwaka wa 2021, hari abagaragaje ko ibyakozwe n’abo banyeshuri babifata nk’ibishingiye ku byishimo by’umusaruro bagezeho nyuma y’igihe bategereje.

    Uwitwa Sengor uba mu Gihugu cya Finland avuga ko ari umwarimu kandi hari aho yabonye n’ubundi iyo abanyeshuri barangije ibizamini bagira uko bishimira iyo ntsinzi, akabigereranya n’umuganura Abanyarwanda bizihiza bishimira ibyo bagezeho, akifuza ko hakwiye kubaho uburyo abo banyeshuri na bo bakwishimira ko barangije amashuri yisumbuye ariko mu buryo bwiza.

    Agira ati “Byaragaragaye ku mbuga nkoranyambaga ko abanyeshuri bitwaye mu buryo budasanzwe mbona bujyanye no kwishimira ko bashoje ibizamini nyuma y’urugendo bakoze na hano birakorwa abanyeshuri bakishimira ko bashoje ibizamini, nkurikije ikiganiro twahawe ku muganura, ese nta kuntu hashyirwaho uburyo bufite umurongo unoze abo bana bajya bishimira kurangiza ibizamini aho kubikora mu buryo buri wese abyumva”?

    Minisitiri Bamporiki asubiza Sengor, yagaragaje ko ntabyacitse yabaye ubwo hagaragaraga amafoto y’abanyeshuri bitwaye mu buryo runaka bishimira kurangiza amasomo, ahubwo ngo ikoranabuhanga ni ryo ryatumye bimenyekana kandi nyamara bisanzweho.

    Avuga ko ku gihe na we yigaga ibyo rwose byabayeho ndetse hari n’ibirenze byakozwe na bariya byakozwe kera ahubwo bitamenyekanye.

    Agira ati “Tuvugishije ukuri hari igihe tubona ibintu ntitubijyane mu gihe cyacu abana bashwanyaguje amashati ibintu biravugwa, ariko mu by’ukuri njyewe turangiza amashuri twakoze ibijya gusa nka biriya, hari n’ibyo ntekereza abantu bakoze ku buryo ejo ubabwiye gusubiramo batabisubiramo, ubu Isi yabaye umudugudu niba hari ibyo ugiye gukora kuri interineti uba uri mu ruhame bisaba kugabanya”.

    Yongeraho ati “Nta nka yacitse amabere ntabwo ndi kubashyigikira kuko hari uburyo bari kubikora neza, ariko buriya buri muntu agira ukuntu yishima hari n’uwishima arira nkanjye ni ko bigenda iyo Amavubi atsinze ndarira. Icyo twabwira abantu ni uko ibyishimo bidakwiye kugutesha ishema kugeza ubwo bisakara hirya no hino, ariko nta kuntu wabwira umuntu uburyo yishimamo”.

    Minisitiri Bamporiki yibutsa ababyeyi kugira uruhare mu burere bw’abana babo kuko ubumenyi bahabwa ku ishuri iyo budafite uburere umwana ahakura ubuhanga ariko butagira ubwenge ibyo bikaba ntacyo byamufasha ngo bifashe n’Igihugu muri rusange mu gihe kiri imbere.

    Ku rundi ruhande ariko, Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yatangaje ko bagiye gukurikirana bakamenya abanyeshuri bagaragaje imyitwarire mibi bitwaje ko bashoje amashuri yisumbuye ndetse bakazahabwa n’ibihano.

    Mu kiganiro yahaye RBA, tariki ya 30 Nyakanga 2021, Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yavuze ko umunyeshuri wese ugaragaye akora amakosa ahanwa hakurikijwe amategeko ngengamyitwarire ya buri shuri.

    Yavuze ko aba banyeshuri ibyo bakoze bitwazaga ko bashoje amasomo ku buryo bakora ibyo bishakiye kuko batakiri abanyeshuri atari byo.

    Ati “Igiteganywa mu burezi ni uko tuzakurikirana abo bana tukamenya abo ari bo, hanyuma hagateganywa n’ibihano bazahabwa.”

    Ati “Umwaka ushize nabwo byabayeho ku banyeshuri ba TVET iherereye muri IPRC Kigali ndetse no mu Gatenga, ku buryo habayeho guhamagara ababyeyi baragawa ndetse hagenwa n’ibihano bagomba guhabwa harimo n’amande utabitanze akaba atagomba guhabwa Certificat ye n’ubwo baba bumva bararangije kwiga.”

    Yongeyeho ati “Turegeranya amakuru, turaza gukorana n’ubuyobozi bw’ibigo ku buryo abo bana bazagenerwa ibihano kubera ko ntabwo barava mu maboko y’uburezi nk’uko babyivugira, baracyari bato barangije amashuri yisumbuye ariko ntabwo kwiga birangirira hariya.”

    Minisitiri w’Uburezi yavuze ko hakwiye gushyirwa imbaraga mu gutanga ubumenyi bujyanye n’imyifatire myiza kugira ngo abana bajye basoza amashuri bafite ubumenyi buherekejwe n’ikinyabupfura.

    Iyi nkumi yatwitse amakayi ngo kuko isoje kimwe mu byiciro by’amashuri urayivugaho iki?

    Amasomo menshi umuntu ayigira mu makayi ya bakuru be. Birashoboka ko uyu nta barumuna agira.

    Tube ducuma amasaha! pic.twitter.com/VKxsCEV2Uw

    — Oswald Oswakim (@oswaki) July 29, 2021

    Ndabona babigize umushinga pic.twitter.com/LuXLXafB7S

    — Joesibo@ (@Joesibo2) July 29, 2021

    Inkuru bijyanye:

    Ese birakwiye ko abanyeshuri barangije ibizamini bya Leta bangiza amakaye n’imyenda y’ishuri?

    source : https://ift.tt/3CN1m8P

  • Uruganda rwa Skol rwafashije imiryango ikennye iruturiye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uruganda rwa Skol rwafashije imiryango ikennye iruturiye
    Uruganda rwa Skol rwafashije imiryango ikennye iruturiye

    Ibyo Uruganda rwa Skol rwabikoze mu rwego rwo kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage baturanye na rwo batishoboye babishyurira ubwisungane mu kwivuza ‘Mitiweri’ mu mwaka wa 2021-2022.

    Buri mwaka, Sosiyete ya Skol yishyura ‘Mitiweri’ zigera ku 1.350, izishyurira imiryango ikennye idashobora kuziyishyurira no kubona serivisi z’ubuvuzi itabonye ubufasha.

    Ivan Wulffaert, Umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Skol, yavuze ko urwo ruganda rutazanywe no gukorera amafaranga gusa ahubwo ngo rufasha no mu kuzamura imibereho myiza y’abaturanyi.

    Yagize ati “Skol ntabwo iri hano nka Sosiyete yaje gukorera amafaranga gusa, ahubwo ifite n’ inshingano zo kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage. Kuva uru ruganda rwashingwa, rwakomeje gufasha no gushora imari mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage baturiye uruganda mu buryo butandukanye.

    Ati “Abasaga 60% by’abakozi b’uruganda ni abaruturiye, twatanze imyenda y’ishuri (uniforms) ku banyeshuri bo ku ishuri ribanza rya Nzove, twatanze umuceri uhabwa abantu bashonje muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, n’ibindi. Twizera ko kugira ubuzima bwiza ari ikintu cy’ingenzi, kuko bituma abantu babasha gukora, bagatunga imiryango yabo, ndetse bakagira n’uruhare mu iterambere ry’igihugu”.


    source : https://ift.tt/3yIdcik