Tag: featured

  • Bamwe bashobora kwibira muri metero 500! Ubushobozi bw’abakobwa ba RDF bari ku rugamba muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Urugero ni urw’abari mu Ishami ry’Ingabo zirwanira mu Mazi, bari ku rugamba rwo guhashya imitwe y’iterabwoba muri Mozambique. Barimo abashobora gutwara ubwato bwa gisirikare, abakoresha imbunda nini za karahabutaka, abashobora kwibira mu mazi hasi kure bakarohora umuntu cyangwa se bagakurikiranayo umwanzi n’abandi.

    Babiri bari muri ubu butumwa bafite ubwo bushobozi. Bombi nta myaka myinshi bamaze mu gisirikare kuko binjiyemo mu 2017, muri iyo myaka yose bize gukoresha intwaro, gukoresha imbunda nto n’inini, gukanika ubwato ndetse no kubutwara.

    Urugero ni urwa Nyiramana Alice, afite ubushobozi bwo kugendera mu mazi hasi ku buryo yahasanga umwanzi amutunguye cyangwa se amukurikiyemo.

    Asobanura ko aho yavukiye nta mazi magari ahaba ku buryo byatuma amenya koga, ariko ngo yageze mu gisirikare ashyirwa mu ngabo zirwanira mu mazi, ariga amenya byose.

    Ati “Mu mazi ushobora no kumaramo n’isaha, mu mazi hasi ku mucanga, wanakwiturirayo bitewe n’ibikoresho ufite.”

    Mu bikoresho yifashisha iyo agiye mu mazi hasi, aba yambaye umwambaro umurinda ubukonje ndetse afite n’imashini imwongerera umwuka.

    Ati “Amazi magari nayabonye ngeze mu kazi, iwacu nta mazi ahaba, nabikunze ngeze mu kazi. Njye kwisanga muri marine ni igisirikare nyine, nisanze muri marine, ndayikunda cyane noneho amazi mpita nyakunda ku buryo numva najya hasi nkareba ikintu kiriyo icyo aricyo cyose.”

    Kuri we Inyanja y’Abahinde iroroshye ku buryo ashobora kuyimanukamo hasi akagera mu ntera ya metero 500. Ati “Metero 500 nagerayo…nahagera nkaba nashaka ikiriyo nkakibona nkakizamura.”

    Atewe ishema no kuba yarizewe, agahabwa inshingano zo kujya kugarura amahoro muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado. Kuri we, ni igisubizo ku bantu bose bumvaga ko abakobwa badashoboye, ko bagomba guhezwa mu mirimo imwe n’imwe.

    Ati “Abantu batazi ibya gisirikare baritinya cyane, bakavuga ngo umusirikare w’umukobwa ntabwo ibi n’ibi yabishobora, bakitinya bakumva na bo batajya mu nyanja. Uko bagenda batubona turi kumwe n’abahungu mu kazi nk’aka ni ko bagenda babyumva. Icyo nashishikariza abandi bitinya, ni uko bakwiriye kuza mu kazi nk’aka tugakorera igihugu, icya mbere ni icyizere.”

    Nyiramana asobanura ko afite ubushobozi bwo gukanika ubwato, kubutwara no gukoresha imbunda. Ati “Buri kimwe nkisangamo”.

    Mugenzi we witwa Uwizeye Pascasie na we yinjiye mu gisirikare mu 2017 atewe ishema no kuba ari umwe mu biyambajwe mu rugamba rwo kugarura amahoro i Cabo Delgado.

    Ati “Nk’umuntu w’umukobwa bimpa ishema, bagenzi banjye na bo nasize nabo bakumva ibyo dukora, bikabashimisha.”

    Kimwe na mugenzi we, yageze mu gisirikare ahabwa kujya mu ngabo zirwanira mu mazi. Bose bahuriza ku kuba gutwara ubwato no kubukanika bitarigeze bibatwara igihe kinini.

    Ati “Njye numvaga nshaka kuba ingabo y’igihugu, haba ku butaka, haba ku mazi, haba mu kirere, numvaga ndi tayari kubikora byose. Ku bw’amahirwe banjyana muri Marine.”

    Iyo muganira, asobanura ko mbere yo kujya mu bwato ikintu cya mbere abanza gukora ari ukutegura neza, akareba neza niba nta kibazo bufite, ko moteri ikora, abo bari kumwe niba bafite ibikoresho bishobora kubarinda mu gihe habaye nk’umuhengeri. Ntajya agenda kandi adafite imbunda ashobora kwifashisha bibaye ngombwa.

    Ati “Igihe maze muri marine kinyemerera kuba naha ubufasha bagenzi banjye turamutse tugize ikibazo mu mazi. Umuntu utekereza ko abakobwa badashoboye, nta kintu na kimwe abahungu bakora tudakora, twese turafatanya kandi imbaraga zose ni zimwe.

    “Mbere bumvaga ko nta mukobwa ushoboye, ko yaba ingabo y’igihugu ngo abe yaba urwanira mu mazi cyangwa atware ubwato ariko njyewe uko numva na bagenzi banjye dukorana, byaradushimishije kuko akazi kose tugakorana na basaza bacu, haba gutwara amato, haba kuyakanika, umuhungu n’umukobwa twese turi bamwe.”

    Mu Ngabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, hari izirwanira mu mazi ziri ku Cyambu cya Afungi. Zihakora uburinzi amanywa n’ijoro zigenda mu mazi ndetse izindi ziri hafi mu nkengero.

    Mu minsi yashize, muri icyo cyambu higeze kuba igitero cy’imitwe y’iterabwoba ku kirwa kikirimo. Izo ngabo ni zo zazirwanyije, bamwe muri abo barwanyi banafatwa ari bazima.

    Mu Ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, abakobwa ntabwo bigeze bibagirana. Ni bamwe mu bari mu Ishami rirwanira mu Mazi.
    IGIHE yaganiriye n’umwe muri bo, asobanura uko bakora akazi kabo.

    📽️ @PGirinema pic.twitter.com/nVjtVuY6CX

    — IGIHE (@IGIHE) August 13, 2021

    Ubu bwato bwakuwe mu Rwanda bwoherezwa muri Mozambique kugira ngo bufashe izi ngabo mu kazi ziri gukora

    Aba bakobwa bafite ubushobozi bwo kurashisha imbunda zikomeye no gutwara ubwato

    Bafatanya na basaza babo mu kazi ka buri munsi ko gucunga umutekano mu Cyambu cya Afungi

    Uwizeye Pascasie yinjiye mu gisirikare mu 2017, ubu ni umwe mu bahanga mu gukoresha ubwato yaba kubutwara no kubukanika

    Nyiramana Alice, afite ubushobozi bwo kugendera mu mazi hasi ku buryo yahasanga umwanzi amutunguye cyangwa se amukurikiyemo

    Aba bakobwa batewe ishema n’icyizere bagiriwe n’igihugu bakoherezwa mu kazi muri Mozambique ko kugarura amahoro

    source : https://ift.tt/3AxQ2vw

  • #COVID19: Abantu 8 bitabye Imana, abandi 51,288 bakingiwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 8 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 938. Abitabye Imana ni bagore 5 n’abagabo 3.

    Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko ku wa Gatanu abasezerewe mu bitaro ari 7 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 19, abarembye ni 40.

    Abahawe doze ya mbere y’urukingo kuri uyu wa Gatanu ni 51,288 naho abamaze gukingirwa bose bakaba ari 858,040.

    source : https://ift.tt/2XvBzCd

  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Misiri usoje imirimo ye mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Muhamed, yari agiye gusezera kuri Perezida Kagame, nyuma y’imyaka itatu yari amaze ahagarariye igihugu cye cya Misiri mu Rwanda.

    Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary, yari ahagarariye igihugu cye mu Rwanda kuva muri Mutarama 2018.

    U Rwanda na Misiri bifitanye umubano umaze igihe kirekire, ukaba ugaragarira mu mishinga y’ubutwererane irimo ubucuruzi, uburezi, ubuzima, umutekano n’ibindi.

    Abashoramari bo mu Misiri bishimira gukorera mu Rwanda, urugero ni aho buri mwaka abacuruzi b’Abanyamisiri bagira igihe cyo kuza mu Rwanda mu imurikagurisha ry’ibicuruzwa bikorerwa iwabo, ndetse bakanitabira imurikagurisha mpuzamahanga ngarukamwaka ribera i Kigali.

    source : https://ift.tt/3AIeevi

  • Musanze: Abo mu bice by’icyaro barizezwa ko ikibazo cy’amazi kigiye kuba amateka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barakoreshwa imbaraga zishoboka ngo mu mwaka wa 2024 abaturage bose bazabe bagerwaho n
    Barakoreshwa imbaraga zishoboka ngo mu mwaka wa 2024 abaturage bose bazabe bagerwaho n’amazi meza

    Ibi biratangazwa mu gihe hari abaturage bo mu Mirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Musanze, bavuga ko ibyo bibagaruriye ikizere cyo kubona amazi meza, kuko hari uduce twari tumaze hafi umwaka twaracukuwemo imiyoboro, abahatuye babwirwa ko hazanyuzwa amatiyo y’amazi, none ubu iyo miyoboro ikaba irimo kongera gusubiranywa batabonye ayo mazi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere n’ubukungu Andrew Rucyahana Mpuhwe, avuga ko Akarere kamaze iminsi gashyira mu bikorwa umushinga wo gukwirakwiza amazi meza mu bice by’icyaro, ku bufatanye n’Ikigo WASAC.

    Yagize ati “Iyo Mirenge y’icyaro yibanzweho muri uwo mushinga wo gukwirakwiza amazi meza urimo kugana ku musozo, harimo uwa Gashaki, Remera, Cyuve, Busogo, Musanze na Muhoza; ariko hakaba ibice bimwe na bimwe by’imwe muri iyo mirenge byagiye bigaragara ko kuyahageza bisaba ingufu nyinshi. Byatumywe dufata umwanzuro wo kuzayahageza, binyuze mu wundi mushinga mushya tuzafatanyamo na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, duteganya gutangira mu mpera z’uyu mwaka”.

    Yongera ati “Icyo nabwira abaturage, ni uko aho ibyo bikorwa remezo by’amazi bagejejweho babibungabunga. Ariko kandi n’aho amazi ataragera, nababwira ko natwe ari ikibazo kiduhaangayikishije, ari na yo mpamvu twabishyize mu bibazo byihutirwa tugomba gukoraho. Nababwira ko bashonje bahishiwe, cyane ko tunamaze iminsi tunoza uko umushinga uzashyirwa mu bikorwa”.

    Imiyoboro yagombaga kunyuzwamo amatiyo y’amazi, ikaba irimo kongera gusubiranywa bidakozwe, uyu muyobozi yirinze kugira byinshi abivugaho, gusa ahamya ko ibirimo gukorwa biri mu nyungu z’umuturage no kurinda impanuka byateza mu gihe byaba bikomeje kuhaba ntacyo bikoreshwa.

    Mu Karere ka Musanze, by’umwihariko mu Mirenge ibarwa nk’igice cy’icyaro, habarurwa amavomo 48 akeneye gusanwa, aho uyu muyobozi yemeza ko bizaba byakozwe mu gihe kitarenga amezi abiri, abaturage bakongera kuyakoresha.

    Amavomo atagikora hari gahunda yo kuyasana akongera gukoreshwa
    Amavomo atagikora hari gahunda yo kuyasana akongera gukoreshwa

    Ikibazo cy’amazi mu tugari tumwe na tumwe mu Murenge wa Remera, ngo cyari ihurizo rikomeye, dore ko n’amwe mu mavomo harimo n’ayo abaturage bishyize hamwe bakiyubakira, amwe n’amwe atagikora.

    Umwe mu baturage ati “Ubu kuvoma bidusaba gukora urugendo nibura rw’amasaha abiri, tujya gushoka ibishanga cyangwa ikiyaga cya Ruhondo. N’ugerageje kwiyandayanda ashaka amazi nibura yo kunywa, yishyura amafaranga ari hagati ya 200 na 300 ku ijerekani imwe, nabwo bikamusaba gukora urugendo rutari munsi y’amasaha abiri ajya kuyavoma, gusa akarere katwijeje ko byose bigiye gukemuka tukabona amazi meza hafi, biradushimishije”.

    Mu ntego Leta y’u Rwanda yihaye, harimo ko bitarenze umwana wa 2024, abaturage bazaba bihagije ku mazi meza, ku buryo n’abazaba batayafite mu ngo zabo, bazaba bakora urugendo ruri hagati ya metero 200 na 500.

    source : https://ift.tt/3jPpvmF

  • Musanze: Mu kwezi kumwe abarwayi ba COVID-19 bavuye ku basaga 1200 bagera kuri 399 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bakomeje kwegerezwa serivisi zo gupima no gukingira COVID-19
    Abaturage bakomeje kwegerezwa serivisi zo gupima no gukingira COVID-19

    Bigaragara ko umubare w’abarwayi ba COVID-19 wagabanutse ku rwego rushimishije, aho kugeza tariki 10 Kanama 2021 Akarere ka Musanze kari gafite abarwayi 399 bavuye ku 1200 kari gafite mu ntangiriro z’ukwa karindwi.

    Muri abo barwayi basaga 1200, abari barwariye mu bitaro bari 22, ku itariki 10 Kanama 2021 abari mu bitaro bakaba bari bakiri benshi aho bari 17 abenshi bakaba barwariye mu ngo, nk’uko bigaragara muri raporo y’ibitaro bya Ruhengeri yo ku itariki 11 Kanama 2021.

    Dr Muhire Philbert, Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri, avuga ko iyo mibare iva mu bantu bagiye bagana ibigo by’ubuvuzi, ari na ho ahera ahamagarira abaturage kugana ibigo by’ubuvuzi mu gihe biyumvamo ibimenyetso, bagapimwa ku buntu.

    Ku bw’ibyo Dr Muhire akaba yibutsa abaturage kutirara, kubera ko imibare y’abandura igenda igabanuka, ahubwo abasaba kugana ibigo nderabuzima bibegereye mu gihe bumvise bimwe mu bimenyetso biranga umuntu wanduye COVID-19.

    Yagize ati “Mu kwezi gushize twari dufite abarwayi basaga 1200, mu gihe imibare twararanye mu ijoro ryo ku itariki 10 Kanama ari 399, ni byiza ko imibare igabanuka ariko icyo twibutsa abantu, ni uko iyi mibare iva mu bantu bagannye ibigo by’ubuvuzi, umuntu ufite ikimenyetso cya COVID-19, ufite umuriro, acika intege akagira inkorora, akaribwa umutwe, rwose uwo muntu twamugira inama yo kugana ikigo nderabuzima kimwegereye agapimwa ku buntu”.

    Arongera ati “Ubu mu barwayi 399 dufite mu Karere ka Musanze, 17 barwariye mu bitaro, mu gihe abandi barwariye mu ngo zabo, tukaba dushimira abaturage uburyo bakomeje kubahiriza ingamba, ariko tubasaba kubikomeza kugira ngo tudasubira inyuma, ni byiza ko iyi mibare igabanuka ariko bareke kwirara kuko na yo iracyari myinshi”.

    Dr Muhire, yavuze ko hari bamwe mu barwarira mu ngo bagiye baremba bakoherezwa mu bitaro bamwe bakitaba Imana kubera kurenga ku mabwiriza bahabwa n’abaganga, ari na ho ahera asaba abarwarira mu rugo kwitwararika cyane, birinda kunyuranya n’amabwiriza ariko kandi n’uwo babonye ko atangiye kuremba, bagatanga amakuru mu buryo bwihuse agatabarwa aho agaragaza ibimenyetso mpuruza ku murwayi warembye.

    Ati “Ibimenyetso mpuruza, birimo nko kugira umuriro ugasanga awumaranye iminsi nk’ibiri uri hejuru utagabanuka. Icyo ni ikimenyetso gikomeye, ikindi ni inkorora ikomeye, hari inkorora umuntu agira akananirwa kuvuga, akananirwa guhumeka kubera gukorora, na cyo ni ikimenyetso mpuruza, hari no gucika intege bikomeye, ugasanga umuntu ntashobora kwihagurutsa, hakaza n’ikimenyetso cyo kubura umwuka, ibyo byose ni ibimenyetso bikomeye”.

    Uwo muyobozi avuga ko ubwoko bushya bwitwa Delta, na bwo buri kongera ibindi bimenyetso birimo, kuruka, guhitwa n’ibindi. Avuga ko ubonye ibyo bimenyetso ahamagara umujyanama w’ubuzima na we akamufasha kubimenyesha abaganga.

    Mu gukomeza kurwanya ikwirakwira rya COVID-19, Akarere ka Musanze kamaze kwakira inkingo ibihumbi umunani, zatangiye guterwa abantu bari mu byiciro binyuranye, barimo abafite ibyago byinshi byo kwandura n’abageze mu zabukuru, guhera ku myaka 50 kuzamura.

    Ibindi byiciro ni iby’abakozi bahura n’abantu benshi, abakora mu nzego za Leta bakira abaturage, abikorera, barimo abogosha, abashoferi, abamotari, abacuruza ibikoresho byo kubaka n’abandi.

    source : https://ift.tt/37FNRti

  • King James agiye gusohora Album nshya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yateguye abafana be ko agiye gusohora album nshya, yagize ati” Nimwitegure albumu, Ubushobozi, izasohoka ku itariki 10 Ukwakira 2021″.

    N’ubwo nta byinshi yavuze kuri iyo album ye nshya, ariko abakurikirana amakuru y’imyidagaduro, bavuga ko izaba ariho n’indirimbo yakoranye n’abahanzi batandukanye nka Meddy ndetse n’indirimbo yakoranye n’umuhanzi Ariel Wayz yitwa ‘Ndagukumbuye’.

    King James ubu usigaye abarizwa no mu bya bizinesi, yamaze igihe asa n’uwacumbitse umuziki, ariko bigaragara ko yari ahugiye mu gutunganya iyo album ye nshya, akanakurikirana ibya bizinesi ye.

    King James azwi cyane mu njyana ya R&B, akaba yaramenyakanye cyane mu ndirimbo nka ‘Hari ukuntu’, Ab’ubu, narashize, meze neza, n’izindi nyinshi.

    Album nshya ya King James igiye gusohoka, ngo yatangiye kuyitunganya mu 2018, nyuma iza kudindizwa n’icyorezo cya Covid-19, dore ko cyabangamiye cyane ibijyanye n’umuziki n’imyidagaduro muri rusange.

    source : https://ift.tt/3yLNbhV

  • Ngororero: Habonetse imibiri isaga 160 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godfroid, avuga ko uwo Munyaneza agiye gukurikiranwa ku makuru y’iyo mibiri nk’umuntu wahahingaga mbere y’uko itahurwa n’umwana wahiraga ubwatsi bw’amatungo akamenyesha ubuyobozi.

    Igikorwa cyo gushakisha imibiri kiri gukorerwa mu murima usanzwe uhingwa
    Igikorwa cyo gushakisha imibiri kiri gukorerwa mu murima usanzwe uhingwa

    Iyo mibiri yabonetse hafi y’urwibutso rw’abazize Jenoside rwa Ngororero, bikaba bishoboka ko ari iyahajugunywe igihe Abatutsi bari bahungiye ahitwa ku Ngoro ya Muvoma bicwaga.

    Umuyobozi w’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (Ibuka) mu Karere ka Ngororero, Niyonsenga Jean D’amour, avuga ko amakuru y’iyo mibiri yamenyekanye ku wa Gatatu tariki ya 11 Kamena 2021 ubwo umwana wahiraga ubwatsi mu murima urimo iyo mibiri yabonaga umubiri umwe akamenyesha inzego zahise zitangira igikorwa cyo gushakisha indi.

    Niyonsenga avuga ko iyo mibiri yabonetse mu murima usanzwe uhingwa n’abo mu muryango w’uwitwa Gregoire kandi nta makuru bari barigeze batanga kandi bigaragara ko iyo mibiri iri hejuru.

    Agira ati “Birashoboka ko uwo mubiri umwana yabonye waseruwe n’imvura yaguye ejobundi, nta makuru yandi twari twarigeze duhabwa, ubwo inzego zibishinzwe ziragerageza gushaka amakuru kuri iyo mibiri babaze abahahingaga”.

    Abaturage bafatanyije n
    Abaturage bafatanyije n’izindi nzego gushakisha imibiri

    Niyonsenga avuga ko imibiri ikomeje gushakishwa muri uwo murima ku buryo hafashwe ingamba zo gushakisha mu cya kabiri cyose cyawo kugira ngo harebwe niba nta yindi isigayemo, kuko aho hantu hiciwe Abatutsi benshi.

    Agira ati “Abatutsi biciwe ku Ngoro ku itariki 10 bukeye mu gitondo ku itariki ya 11 hakozwe igikorwa cy’umuganda wo gushyingura imibiri bari batwitse ntagitangaje kirimo rero, turakeka ko ari yo yaba yarajugunywe muri uwo murima, turacyashakisha”.

    Igikorwa cyo gushakisha iyo mibiri kiri gukorwa hifashishijwe amaboko y’abaturage bakoresha amasuka kuko ngo nta cyobo cyari gihari ku buryo hakenerwa imashini, hakaba hizewe ko imibiri yaba ihari yagenda iboneka.

    Hagati aho Niyonsenga yongera kwibutsa abaturage ko gutanga amakuru y’ahajugunywe imibiri muri Jenoside ari inshingano za buri wese kandi kutabikora bifatwa nko gukomeza gukomeretsa Abarokotse Jenoside.

    source : https://ift.tt/3AFMVlb

  • Nyabugogo: Undi muntu yiyahuriye ku isoko ry’Inkundamahoro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bacuruzi b’imyenda yitwa ‘caguwa’ muri iryo gorofa batangarije Kigali Today ko bamwiboneye arenza akaguru agahita ahanuka yitura hasi.

    Twaganiriye kuri telefone n’Umuyobozi w’abacuruzi b’imyenda ya ‘caguwa’ aho mu Nkundamahoro, Emmanuel Mutiganda aduha umuntu wabonye icyo gikorwa kiba witwa Athanasie(nta rindi zina yifuje kutubwira).

    Athanasie yagize ati “Uwo muntu yarengeje akaguru mureba, hari nka saa tanu na 20, yaje ubona ko afite ikibazo ariko areba hasi, ndasohoka ndakurikira kuko nta mirimo myinshi nari mfite, yagendaga acungana n’abacuruzi ba ‘caguwa’ gusa ntabwo nari nzi icyo yashakaga”.

    Athanasie avuga ko batahise bamenya cyangwa ngo bacyeke impamvu yatumye uwo muntu yiyahura, dore ko batahise bamenya n’imyirondoro ye.
    Yavuze ko inzego zishinzwe umutekano zari zikirimo kumukoraho iperereza, ariko yamaze gushiramo umwuka.

    Mu gitondo cyo ku itariki ya 02 Kamena uyu mwaka wa 2021, na bwo ku Nkundamahoro hahanutse umuntu bivugwa ko yiyahuye, nyuma yaho biza kumenyekana ko yari Umunyamategeko witwaga Bukuru Ntwali.

    Iyi nkuru turacyayikurikirana…

    source : https://ift.tt/3shBoFU

  • Umugabo yarashe umugore we kubera ko yanze ko baryamana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko Polisi yo muri ako gace ibisobanura, ngo ikibazo cyatangiye tariki 11 Kanama 2021, ubwo umugabo yangiraga umugore we gukoresha imodoka yabo muri gahunda yari agiyemo ku gicamunsi, intonganya zihera ubwo.

    Nyuma ngo bongeye gutongana bapfa ko umugabo yasabye umugore ko baryamana, ariko umugore arabyanga.

    Uwo mugore ngo yabwiye Polisi ko umugabo yahise afata imbunda akayimushinga ku mutwe, ashaka kumurasa, ariko ngo isasu ntiryasohoka, nyuma umugore ahindukiye ngo asohoke mu cyumba bari barimo, umugabo ahita amurasa isasu rimukomeretsa mu mutwe, agenda avirirana ajya gutabaza ku rugo baturanye.

    Agezeyo, umuturanyi we ngo yahise ahamagara ‘911’ iyo ngo akaba ari numero ya telefoni bahamagaraho muri icyo gihugu igihe umuntu afite ikibazo akeneye ubutabazi bwihuse.

    Umugore wakomeretse yahise ajyanwa ku bitaro biri hafi aho nyuma y’uko Polisi n’abashinzwe serivisi z’ubuvuzi bahageze, ariko Polisi yahageze isanga umugabo atakiri aho mu rugo yahunze, nyuma aza gufatirwa ahitwa Springdale mu Majyaruguru y’Umujyi wa Fayetteville.

    Mu gihe uwo mugabo yarimo abazwa n’inzego z’ubugenzacyaha, yavuze ko “impamvu yarashe umugore we, ari uko yashakaga ko amuvira mu buzima”.

    Nyuma ngo yabwiye Polisi ko imbunda yamurashishije yayijugunye mu Kiyaga cya Fayetteville mbere gato y’uko afatwa n’inzego z’ umutekano.

    Ubu uwo mugabo arafunze, ariko ngo hari icyizere ko uwo mugore ashobora gukira.

    source : https://ift.tt/2VRjvBS

  • Ngororero: Habonetse imibiri ibarirwa mu 120 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igikorwa cyo gushakisha imibiri kiri gukorerwa mu murima usanzwe uhingwa
    Igikorwa cyo gushakisha imibiri kiri gukorerwa mu murima usanzwe uhingwa

    Umuyobozi w’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (Ibuka) mu Karere ka Ngororero, Niyonsenga Jean D’amour, avuga ko amakuru y’iyo mibiri yamenyekanye ku wa Gatatu tariki ya 11 Kamena 2021 ubwo umwana wahiraga ubwatsi mu murima urimo iyo mibiri yabonaga umubiri umwe akamenyesha inzego zahise zitangira igikorwa cyo gushakisha indi.

    Niyonsenga avuga ko iyo mibiri yabonetse mu murima usanzwe uhingwa n’abo mu muryango w’uwitwa Gregoire kandi nta makuru bari barigeze batanga kandi bigaragara ko iyo mibiri iri hejuru.

    Agira ati “Birashoboka ko uwo mubiri umwana yabonye waseruwe n’imvura yaguye ejobundi, nta makuru yandi twari twarigeze duhabwa, ubwo inzego zibishinzwe ziragerageza gushaka amakuru kuri iyo mibiri babaze abahahingaga”.

    Abaturage bafatanyije n
    Abaturage bafatanyije n’izindi nzego gushakisha imibiri

    Niyonsenga avuga ko imibiri ikomeje gushakishwa muri uwo murima ku buryo hafashwe ingamba zo gushakisha mu cya kabiri cyose cyawo kugira ngo harebwe niba nta yindi isigayemo, kuko aho hantu hiciwe Abatutsi benshi.

    Agira ati “Abatutsi biciwe ku Ngoro ku itariki 10 bukeye mu gitondo ku itariki ya 11 hakozwe igikorwa cy’umuganda wo gushyingura imibiri bari batwitse ntagitangaje kirimo rero, turakeka ko ari yo yaba yarajugunywe muri uwo murima, turacyashakisha”.

    Igikorwa cyo gushakisha iyo mibiri kiri gukorwa hifashishijwe amaboko y’abaturage bakoresha amasuka kuko ngo nta cyobo cyari gihari ku buryo hakenerwa imashini, hakaba hizewe ko imibiri yaba ihari yagenda iboneka.

    Hagati aho Niyonsenga yongera kwibutsa abaturage ko gutanga amakuru y’ahajugunywe imibiri muri Jenoside ari inshingano za buri wese kandi kutabikora bifatwa nko gukomeza gukomeretsa Abarokotse Jenoside.

    source : https://ift.tt/37Emhg1