Tag: featured

  • Muhanga: Umugabo wakekwagaho kwica umugore we yasanzwe yapfuye amanitse mu giti – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 7 Kanama 2021 ni bwo uwo mugabo w’imyaka 32 wo mu Mudugudu wa Gakondokondo, yavuzweho kwica umugore we witwa Murereramana Gloriose w’imyaka 40 amutemesheje umuhoro bapfa inka baragijwe.

    Amakuru ava mu baturanyi b’uyu muryango avuga ko wari usanzwe ufitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo. Uwo mugabo ngo yatemye umugore we amuziza ko yari yanze ko agurisha inka baragijwe na nyirabukwe.

    Akimara kwica umugore ew yahise ahunga, ubuyobozi ku bufatanye n’izindi nzego batangira kumushakisha. Ku wa Gatandatu tariki ya 14 Kanama 2021 bamusanze yapfuye amanitse mu giti kuri mu ishyamba ryo ku musozi wa Sholi mu Mudugudu wa Mucyamo mu Kagali ka Sholi Umurenge wa Kabacuzi,.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabacuzi, Ndayisaba Aimable, yabwiye IGIHE ko bameye ayo makuru bayabwiwe n’umuturage wamugezeho agiye muri iryo shyamba.

    Ati “Twasanze yarimanitse mu giti akoresheje umugozi w’inzitiramubu, kandi n’abaturage bahuye na we ahunga bamubonanye uwo mugozi.”

    Yakomeje avuga ko n’ubwo bamubonye kuri uyu wa Gatandatu, bigaragara ko yari amaze igihe yiyahuye kuko umubiri we wari waratangiye kwangirika.

    Umuryango wa Nambajimana wahise usaba ubuyobozi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ko babemerera bakamushyingura umurambo udakorewe isuzuma kuko bemeje ko ntawundi ukekwa kuba yaramwishe, ahubwo ko bigaragara ko yiyahiye nyuma yo kwica umugore we.

    Hahise hafatwa umwanzuro wo kumushyingura kuri iki Cyumweru. Umurambo w’umugore we nawo wamaze gushyingurwa nyuma yo gukorerwa isuzuma.

    Nambajimana n’umugore we Murereramana babyaranye abana babiri kandi bari barasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Ibiro by’Akarere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3shkBT8

  • Abana basaga ibihumbi bitatu bakuwe ku muhanda yo mu Rwanda mu bihe bya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Aba bana bakuwe ku muhanda muri gahunda ya Tubarerere mu muryango igamije guha abana uburere bukwiye butangirwa mu miryango Nyarwanda.

    Usibye abakuwe ku muhanda kandi hari ababaga mu bigo ngororamuco bavuye kuri 3 782 bagera kuri 380, ibi bigo byari 34 ubu hasigaye bine gusa.

    Umuyobozi w’umushinga Tubarerere mu muryango muri NCDA, Nduwayo James, yabwiye The New Times ko iki kibazo cyahagurukiwe muri ibi bihe bya Covid-19.

    Yagize ati “Kuva Covid-19 yagera mu Rwanda twashyize imbaraga mu gusubiza abana mu miryango, aba bana nabo cyabagizeho ingaruka ku buzima ndetse zashoboraga no kugera ku bandi bantu benshi.”

    Umuyobozi Mukuru mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred, yavuze ko iyi gahunda yashyizwemo imbaraga kugira ngo abana basubizwe mu miryango yabo babashe kubona ubuzima bwiza.

    Ati “Twashyize imbaraga mu gukura aba bana ku muhanda ubu hari abayobozi 11 muri buri karere bashinzwe gukura aba bana ku mihanda. Iyo bamaze gufatwa baraganirizwa bagahabwa ubuvuzi ubundi bagasubizwa mu miryango.”

    Yakomeje asaba ababyeyi kwirinda amakimbirane yo mu miryamgo kuko usanga akenshi ariyo atuma abana bajya mu mihanda no mu ngeso mbi.

    Mu bana bakuwe mu muhanda harimo Mugisha Eric wo mu Murenge wa Kimisagara akaba yaragiye mu muhanda kubera amakimbirane y’iwabo, amarayo imyaka ibiri ubu yasubijwe mu muryago ndetse ari kwiga ku ishuri ribanza rya Kamuhoza.

    Mu gihe gishize Covid-19 igeze mu Rwanda, abana basaga ibihumbi bitatu bakuwe mu muhanda

    source : https://ift.tt/3xRuubk

  • Ribara uwariraye: Ingabo z’u Rwanda, icyigwa kuri Afurika inyotewe no gucecekesha imbunda – #rwanda #RwOT

    Ubwo bubabare kandi bujyana n’ak’imuhana kaza imvura ihise ari na yo mpamvu nyuma yo kumva neza ikiguzi cyo kubura amahoro, u Rwanda rumaze igihe ruri ku isonga mu rugamba rwo gucecekesha imbunda muri Afurika, kugira ngo bwa bwigenge ba Nkwame Nkrumah, Julius Nyerere n’abandi baharaniye, bugerweho koko.

    Mu 2013, Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) biyemeje ko umwaka wa 2020 wagombaga gushira nta sasu ricyumvikana ku butaka bubarizwa ku mugabane wa Afurika.

    Ntabwo iyo ntego yagezweho nk’uko byari byemejwe kubera impamvu zitandukanye zirimo no kutumva neza rya somo ry’ak’imuhana kaza imvura ihise.

    Perezida Paul Kagame mu Ukuboza 2020, yabwiye abari bitabiriye Inteko Rusange ya 14 ya AU, ko uburyo rukumbi bwo gucecekesha imbunda muri Afurika ari uguhangana n’impamvu z’ubukungu na politiki zituma habaho akarengane n’intambara.

    Ku rundi ruhande ariko, nubwo gucecekesha imbunda ari yo ntero Abanyafurika bihaye nk’uburyo bwo kubaka Afurika ifite amahoro n’iterambere, muri iki gihe umugabane wa Afurika ufite intambara n’amakimbirane bitwara ubuzima bw’abantu mu bice 18 bitandukanye.

    Ubwo hizihizwaga Umunsi Ngarukamwaka w’Ubwigenge bwa Afurika ku wa 25 Gicurasi 2020, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Biruta Vincent, yavuze ko u Rwanda rutazateshuka ku ntego rwiyemeje yo kubungabunga amahoro no gucecekesha imbunda ku Mugabane wa Afurika n’ahandi.

    Ati “U Rwanda rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku Mugabane wacu no hanze yawo, haba kurinda abasivili no gufatanya n’abandi kugera ku ntego wihaye yo gucecekesha imbunda.”

    Minisitiri Dr. Biruta yakomeje avuga ko gucecekesha imbunda bikiri intego nyamukuru, ashimangira ko koroshya ubuhahirane no kurema isoko rusange rya Afurika [AfCFTA] ari intambwe igeza Afurika ku nzozi zayo zo kugera ku mahoro n’umutekano birambye, bijyanya n’iterambere ry’ubukungu ridasigaza n’umwe inyuma.

    Ku Rwanda; ijoro ribara uwariraye

    Amateka y’amakimbirane n’ibibazo bya politiki byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwanyuzemo no kongera kwiyubaka mu myaka 27 ishize, ni ibintu kugeza ubu bigora benshi kubyumva.

    Kugeza ubu u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere bifite ingabo zirenga ibihumbi birindwi mu butumwa bwo kugarura amahoro mu bice bitandukanye by’Isi, ku isonga hakaza umugabane wa Afurika.

    Ingero si izo gushakisha. Mu minsi mike ishize zageze ku cyo benshi bitaga ko kidashoboka muri Mozambique ubwo zigaruriraga agace ka Mocímboa da Praia kari mu Ntara ya Cabo Delgado kari kamaze imyaka itanu mu maboko y’imitwe y’iterabwoba.

    Mu mpera za 2020, zatabaye cyane Centrafrique ubwo yari igiye mu matora ya Perezida, inyeshyamba zigashaka kubyuririraho ngo ziyahungabanye zinakure ku butegetsi Perezida Faustin Archange Touadera.

    Abasesengura politiki mpuzamahanga n’umutekano, basobanura ko u Rwanda ruzi kandi rusobanukiwe uko bimera kubaho mu makimbirane abaturage badafite amahoro n’umutekano kuko ari na byo bidindiza iterambere ry’abenegihugu.

    Ambasaderi Polisi Denis, ni umwe mu bagize Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda akaba na Komiseri mu Ishami ry’u Rwanda ry’Umuryango uharanira ukwigira n’agaciro ka Afurika, Pan African Movement.

    Mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko Abanyarwanda bazi neza uburyo amahanga yabatereranye bageze mu byago kandi ibyo byago bari barabitewe n’abazungu baciyemo ibice Abanyarwanda. Iyi ngo ni impamvu ituma by’umwihariko Perezida Kagame adashobora kwemera kurebera ahari amakimbirane n’amacakubiri.

    Ati “Uzi uburyo abazungu badutereranye, abazungu twe badutereranye kuva kera, badutera ibibazo barangije baradutererana, twe rero turashingira ku bimenyetso.”

    Yakomeje agira ati “None abaperezida bamwe bo muri Afurika batangiye kubona ko na bo abazungu babatera ibibazo barangiza bakabatererana, noneho batangiye kuvuga bati ’ariko twakwishatsemo ibisubizo nk’Abanyafurika?’”

    Kuva mu mwaka wa 2004 u Rwanda rutanga umusanzu mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye hirya no hino ku isi, ibikorwa rushimirwa kenshi.

    Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yasohotse ku wa 31 Gicurasi 2021, yagaragaje ko u Rwanda ari urwa gatanu ku Isi mu kugira Abasirikare n’Abapolisi bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino.

    Kuri Amb. Joseph Nsengimana, umwe mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye, yavuze ko u Rwanda rumaze igihe rugaragaza ko ko rufite ubushake bwo gutabara ibindi bihugu biri mu bibazo nk’ibyo rwanyuzemo.

    Ati “U Rwanda rwagaragaje ubushobozi cyane cyane muri ibyo byo gutabarana, rwagiye rwerekana ko rushaka guhindura ibintu bikava mu magambo bikajya mu bikorwa, aho rwagiye muri ubwo butumwa hose rwagaragaje ko u Rwanda n’uburyo abasirikare bagenda bagamije gutabara abaturage baba bamerewe nabi.”

    Yakomeje agira ati “Ibyo byose bikomoka mu mateka y’u Rwanda, ukuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye Isi yose ireberera, nyuma yaho mu byemezo leta y’u Rwanda yafashe ni ukugira ngo ibyatubayeho ntibizagire ahandi biba, yiyemeza gutabara cyane cyane abaturage bari mu bibazo.”

    Igihe kirageze ngo Abanyafurika bakanguke

    Abayobozi b’ibihugu bya Afurika byakunze gushinjwa n’Abenegihugu babyo ndetse n’abahirimbanira ukwigira k’uyu mugabane, ko aho kwicara ngo bashake ibisubizo by’ibibazo byabo bategereza ko bazabikemurirwa n’abo mu Burengerazuba bw’Isi.

    Mu Ukuboza 2020 ni bwo u Rwanda rwohereje Umutwe w’Ingabo zidasanzwe muri Centrafrique binyuze mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi. Izi ngabo zoherezwa zahawe inshingano zo kubungabunga umutekano n’ibikorwa by’amatora yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020, ibyo ybagezweho kandi neza.

    Ibi bikorwa byakozwe n’ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique na n’ubu amahanga ntarabasha kubisobanukirwa ndetse na Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, aherutse i Kigali kuzishimira.

    Abasesengura politiki n’umutekano bagaragaza ko igihe kigeze ngo Afurika na yo ubwayo ibone ko ikwiye kwishakamo ibisubizo cyane ko hari ingero zimaze kugaragaza ibishoboka ugendeye ku Rwanda.

    Polisi Denis agira ati “Ni umugambi wa Afurika ujyanye ndetse n’icyerekezo 2063, u Rwanda kandi rwagize uruhare rukomeye mu gusobanura ko Afurika tugomba kwigira ari na byo ahora atubwira Abanyarwanda, tukabanza tukigira, tukihesha agaciro kandi iyo twihesheje agaciro n’abandi barakaduha.”

    Yakomeje agira ati “Ni muri ubwo buryo utangiye kubona abaperezida bo muri Afurika batangiye kumva uwo murongo mugari w’ibitekerezo, kumva ko niba batewe bashobora kwitabaza abaturanyi, kumva ngo nta guhora tujya gusaba ubufasha ahandi bwaba ubw’ubukungu n’umutekano.”

    Polisi avuga ko uburyo burambye bwo kurandura amakimbirane n’intambara muri Afurika, ari na bwo buzageza ku mwanzuro wo gucecekesha imbunda ari ugutsinsura imitwe y’inyeshyamba n’ibikorwa byayo by’iterabwoba aho biva bikagera.

    Abaturage bakuwe mu byabo n’ibitero by’iterabwoba amakiriro bayateze kuri Polisi n’Ingabo z’u Rwanda

    Ingabo z’u Rwanda ni zo zagiye muri Mozambique guhashya imitwe y’iterabwoba

    Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bagarura icyizere mu bana

    Abari barihebye barahungabanyijwe n’imitwe y’iterabwoba babona Abapolisi b’u Rwanda bakagarura icyizere cyo kubaho

    Gutabara inkomere no gutanga ubufasha bw’ibanze Ingabo z’u Rwanda zihora ku isonga

    Ibikorwa by’ubuvuzi na byo biri mu bigirwamo uruhare n’Ingabo z’u Rwanda

    Ibikorwa byo kubakira abatishoboye ntabwo babikora i Kigali gusa no mu mahanga iyo bagezeyo barabikomeza

    Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro ntabwo ziba zifite inshingano z’urugamba gusa ahubwo zinakora ibikorwa byo guteza imbere ibyo bihugu ziba zoherejwemo

    Mu bihe by’amatora, Abasirikare b’u Rwanda nibo bari bacunze umutekano muri Bangui

    Umupolisi w’u Rwanda arimo gufasha abaturage bo muri Centrafrique kubona amazi meza

    source : https://ift.tt/3AHzkd8

  • Igitekerezo : Abigize abagenzuzi b’ibikwiye n’ibidakwiye ku mbuga nkoranyambaga ububasha mubukura he? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubundi n’ubwo ibi byitwa imbuga nkoranyambaga, biba ibya rusange ari uko nyiri ubwite yahisemo kubisangiza imbaga (abantu bnshi), kuko bitangira ari urubuga rwe yitangirije, nyuma akajya ahitamo ko ibyo ashyizeho bibonwa n’imbaga cyangwa akabigenera itsinda ry’abo ashaka kubyereka.

    Ibi rero biba ari amahitamo y’umuntu y’ibyo ashaka kwerekana bitewe n’impamvu ze. Ariko ukabona irindi tsinda ry’abantu runaka rirabijyaho impaka ngo ntabwo ibyo yashyizeho byari bikwiye nk’aho ari bo bashinzwe kumuhitiramo ibikwiye n’ibidakwiye.

    Ibi ndabigarukaho cyane ntavuga ku mbuga nini nka Twitter na Instagram cyangwa Facebook n’izindi. Ndagaruka kuri Whatsap akenshi ikoreshwa mu matelefone ngendanwa y’abantu. Aho umuntu ashyiraho sitati (status) ikabonwa n’abantu bamufitiye nomero kandi na we abafitiye izabo. Ni ukuvuga ko aba ari abantu baziranye mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

    Ugasanga abantu bahora bavunwa n’ibyo mugenzi wabo ashyira kuri sitati ye, ngo aba yakabije, ararengera abenshi bakanabihuza n’imyaka, inshingano n’ibindi byinshi. Ariko se ko nyiri ubwite ari we ufite uburenganzira bwo kwihitiramo ibyo abona ashaka gushyiraho, muri make aba azi ibikwiriye kuri we n’ibidakwiriye. Abandi bibavunira iki ?

    Ibi bintu n’ubwo byashyirwaho na nyiri ubwite agasigira uburenganzira buri muntu umufitiye nomero ko yabibona, ntibiba bivuze ko ubireba ku gahato. Ni amahitamo nawe uba wagize kujya kureba kuri sitati ze. None se kuki ubihitamo kubireba ubundi bikakubera umutwaro ? Mba numva harimo kudakura mu mutwe no kutamenya nawe ubwawe icyo ukunze n’icyo wanze.

    Hari abantu bakunze kunengwa n’inshuti zabo cyangwa abavandimwe n’amatsinda runaka bahuriyemo ngo ashyira ibintu bidahuye kuri sitati ye, ngo agaragaza ubuzima bwe, abandi bakanabihuza n’ubwirasi cyangwa ubwibone… Ibi kandi bigarukwaho hirya no hino. Ariko bintera kwibaza mu byukuri ugomba kumenyera nyiri ubwite ibikwiriye n’ibidakwiriye kuri sitati ye. Kandi na we ari umuntu mukuru ukuze.

    Igitangaje uyu muntu unengwa n’abantu benshi bamutaramanye ngo ashyiraho ibintu bidakwiriye, ni we usurwa n’abantu benshi ku buryo ntawutuza atarajya kureba ibyo yashyizeho. Bamara kubireba bakiciraguraho ngo ibyo ni ibiki aba yashyizeho. Ibi bigatuma nibaza niba koko aba baba babyanze cyangwa baba babikunze.

    Ku bwanjye numva abantu bakagombye kurenga ibintu nk’ibyo bibavuna mu mutwe kandi ntacyo bibamariye. Umuntu aba ari mukuru wo guhitamo ibyo ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze. Nawe uba uri mukuru wo guhitamo kubireba cyangwa ukabireka, ubundi ugakomeza ubuzima n’ibintu bifite icyo bikumariye binakungura. Aho guhora muvuga kanaka ngo ashyira ibi kuri sitati kandi we yabishyizeho akikomereza ubuzima bumuryoheye kuko yakoze ibyo yumva ashaka.

    source : https://ift.tt/3lZzLvk

  • Menya aho kwizihiza Asomusiyo tariki 15 Kanama byaturutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umusaseridoti Ndagijimana Theogene ubarizwa muri Diyosezi ya Nyundo waganiriye n’umunyamakuru wa Kigali Today, mu kwemera kwe yizera ko Bikira Mariya yari umuziranenge, ndetse umuhungu we Yezu yamujyanye mu ijuru kubera urukundo yamukundaga cyane kugira ngo bajye kubana mu ijuru.

    Ati: “Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ryabaye nk’ikimenyetso cyo kubaha uwo mubyeyi, nyuma yo gusoza ubutumwa bwe hano ku isi. Nk’uko umubyeyi n’umwana badatandukana ni nako Yezu wari ugiye mu ijuru atari busige umubyei we ku isi yuzuye ibyaha kandi yari umuziranenge utagira icyasha, bityo yari akwiriye kujyanwa mu ijuru ahagenewe abatagira icyaha. Niba rero twifuza kujya mu ijuru, twige kubaho nka Bikira Mariya”.

    Ikindi kandi ngo ni uko ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ari ubutoneshwe yagiriwe nyuma y’urupfu rwe, atabikesheje kamere ye ahubwo abikesheje umwana we.

    Mu mateka bavuga ko mu kinyejana cya gatandatu aribwo uyu munsi mukuru watangiye kwizihizwa i Yeruzalemu, ariko utaramenyekana cyane. Mu kinyejana cya karindwi nibwo uyu munsi wo guhimbaza ubutarasamanywe icyaha bwa Bikira Mariya wamenyekanye henshi ndetse uranizihizwa, umaze kugirwa ihame muri Kiliziya Gatolika.

    Iminsi myinshi yizihizwa muri Kiliziya Gatolika, Umusaseridoti Theogene avuga ko igirwa ihame hanagendewe ku bitangaza runaka bihamya uwo munsi, bityo ikabona kwizihizwa no kugirwa ihame ku mukirisitu wese.

    Umunsi w’ijyanwa mu ijuru kwa Bikiramariya wagizwe ihame tariki 1 Ugushyingo, Iyi tariki ikaba inizihizwaho umunsi umunsi w’Abatagatifu bose.

    Uwo munsi wizihizwa tariki 15 Kanama kuko hari umwami w’u Bufaransa Louis XIII wamaze imyaka makumyabiri (20) atarabyara we n’umugore we. Mu isengesho ryabo bisunze ibikorwa bya Bikira Mariya, bamusaba kugira ngo abahe urubyaro, bityo baza kubona igitangaza babona umwana tariki 15 Kanama uwo munsi utangira kwizihizwa kuri iyo tariki kuva ubwo, ariko ugirwa ihame nyuma mu kwezi k’Ugushyingo.

    Umusaseridoti Ndagijimana Theogene yasobanuye ibyerekeranye na Asomusiyo
    Umusaseridoti Ndagijimana Theogene yasobanuye ibyerekeranye na Asomusiyo

    Ndagijimana Theogene asaba abakirisitu kumenya ihame ry’ukwemera ku munsi nk’uyu wizihizwaho ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya, kuko bifasha umukirisitu wese. Yibutsa abakirisitu bose kutabaho uko bashaka, ko ahubwo bari mu rugendo bw’ubutumwa hano ku isi ruzabageza mu ijuru. Avuga ko kandi imibereho y’ubuzima bwa Bikiramariya igomba gufasha umukirisitu wese kwitwararika, kunogera Imana, gukurikiza ugushaka ku Imana no kubaho mu rukundo n’ubudahemuka.

    Ndagijimana avuga ko gupfa neza bibanzirizwa no kubaho neza, ari yo mpamvu umukirisitu wese akwiye gusaba inema yo gupfa neza.


    source : https://ift.tt/3g4xrzm

  • Abantu bake ni bo bemerewe kwizihiriza Asomusiyo i Kibeho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    I Kibeho mu Karere ka Nyaruguru ni hamwe mu hari hasanzwe hahurira abantu benshi kuri uyu munsi wizihizwa na Kiliziya Gatolika ku itariki ya 15 Kanama buri mwaka. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ubusanzwe kuri uyu munsi mukuru hakorwaga ibirori bikomeye. By’umwihariko i Kibeho ku butaka butagatifu wasangaga hahuriye abantu benshi babarirwa mu bihumbi bisaga 40 baturutse hirya no hino ku Isi, ariko kuri iyi nshuro hahuriye abantu bake cyane babarirwa muri 300 mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Mu kiganiro yagiranye na RBA, umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyaruguru, Janvier Gashema, yavuze ko hari uburyo bwashyizweho bwo kugira ngo abantu babashe gukomeza kwizihiza umunsi mukuru wa Asomusiyo bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo.

    Ati “Ubundi uyu munsi mukuru wabaga ari umunsi ukomeye cyane hano mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho ariko kubera ko turimo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 birasaba ko umuntu uhaza ari uwiyandikishije ku buryo tutarenza umubare w’abantu tubasha kwakira kandi twubahirije amabwiriza yo kwirinda, bishingiye ku mibare isanzwe yakirwa kugira ngo tubashe kwirinda icyorezo.”

    Icyorezo cya COVID-19 cyatumye abitabiriye uyu munsi mukuru muri iyi myaka ibiri bagabanuka cyane kandi bubahiriza amabwiriza yo kwirinda
    Icyorezo cya COVID-19 cyatumye abitabiriye uyu munsi mukuru muri iyi myaka ibiri bagabanuka cyane kandi bubahiriza amabwiriza yo kwirinda

    Yongeyeho ati “Dukoresheje uburyo buhari turakira abantu bacye cyane kugira ngo abahaje tutagira ibyago byo kugira ngo bagende banduzanya covid, abaturiye hafi barabizi ariko n’abatahaturiye barabizi kuko hari uburyo bwacishijwe mu ma Paruwasi bwo kubabwira uko bizagenda, handikwa umubare w’abantu bagomba kuza, abiyandikishije rero ni bo baje hanyuma abatabashije kwiyandikisha hari uburyo twumvukanye na Kiliziya Gatolika bwo kuzana televiziyo ndetse na radiyo kugira ngo byibuze abantu babashe gukurikirana ibirimo kubera ku butaka butagatifu badahari ariko na bo bari kumwe n’umubyeyi Bikira Mariya”.

    Mu biyandikishije harimo n’abanyamahanga n’ubwo hari n’undi mubare munini w’abari bifuje kuhagera ariko ntibibakundire kubera ingamba zo kwirinda icyorezo kuko hagomba kwakirwa bacye ugereranyije n’umubare wari usanzwe uhakirirwa.

    Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyaruguru yaboneyeho kongera gukangurira abikorerwa gushora imari muri aka Karere.

    Ati “Ibyo Leta yasabwaga yarabikoze mu bijyanye n’ibikorwa remezo, umuhanda wa kaburimbo, amashanyarazi, Internet, amazi, uburyo bwo kwivuza ku wagira ikibazo cyo kwivuza ariko ibijyanye n’amacumbi biracyari ikibazo, nkaba nasaba n’abikorera kubyaza umusaruro amahirwe ari mu Karere ka Nyaruguru kuko ni ahantu dufite isoko rihagije. Uretse kuba turi mu cyorezo ariko kandi dutekereza ko kitazahoraho ku buryo uwahashora imari mu bijyanye n’amahoteri yahasanga ibyo bikorwa remezo byashoboye kuhagera hanyuma na we akabasaha kwakira abagana Kibeho kugira ngo umushinga yashoyemo imari abashe kubonamo inyungu”.

    Mu bihe bisanzwe kuri Asomusiyo i Kibeho habaga hateraniye abakirisitu benshi baturutse hirya no hino ku isi
    Mu bihe bisanzwe kuri Asomusiyo i Kibeho habaga hateraniye abakirisitu benshi baturutse hirya no hino ku isi

    I Kibeho ubusanzwe hateraniraga abantu benshi babaga buzuye ku kibuga gihari no mu nkengero zacyo, ariko kuri iyi nshuro abemerewe kuhateranira bahuriye imbere mu ngoro ya Bikira Mariya bituma baba umubare muto cyane ko abarimo na bo batayuzuye kuko hakurikijwe amabwiriza ateganywa yo kwakira umubare muto hagamijwe kwirinda Covid-19.


    source : https://ift.tt/3CQZagP

  • Minisitiri Busingye yakiriye intumwa za Angola ziri kwihugura kuri gahunda z’u Rwanda mu kurwanya ruswa – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 13 Kanama 2021, ni bwo Minisitiri Busingye yakiriye mugenzi we wa Angola wari uri kumwe na Ambasaderi w’iki gihugu mu Rwanda, Eduardo Filomeno Leiro Octávio.

    Minisitiri Busingye yagaragarije iri tsinda ko u Rwanda rwashyizeho amategeko na gahunda zitandukanye zifasha mu gukumira ruswa ndetse n’ugaragaweho ruswa yaba umuturage cyangwa umuyobozi abihanirwa bikomeye cyane.

    U Rwanda rwashyizeho itegeko rihana icyaha cya ruswa aho riteganya ko umuntu ugihamijwe ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze irindwi, n’ihazabu y’amafaranga yikubye kuva ku nshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Minisitiri Busingye ati “Ikindi kintu twashyizeho uburyo bwo kubazwa inshingano, aho n’ubwo yaba ari umuyobozi wakiriye cyangwa watanze ruswa arabiryozwa, bikaba byanabera abandi urugero bagahera ko batinya ruswa.”

    Yakomeje agira ati “Ikindi kintu wenda gikomeye, twashyizeho inzego zitandukanye zirimo nk’Urwego rw’Umuvunyi ndetse tukagira na Polisi y’Igihugu n’izindi zifatanya mu guhashya ruswa. Ibi binajyana n’ubukangurambaga dukora duhereye hasi mu mashuri buri muntu akamenya ububi bwo kwakira cyangwa gutanga ruswa.”

    Minisitiri Dr. Sebastiao Domingos Gunza yavuze ko kuva mu 2017 Leta ya Angola yatangiye urugamba rwo kurwanya ruswa. Avuga ko uru ruzinduko mu Rwanda hari byinshi barwungukiramo kuko rwo rumaze igihe kinini muri uru rugamba.

    Yagize ati “Twaje hano gusura u Rwanda, ejo twari kuri polisi n’izindi nzego zitandukanye badukinguriye imiryango, batweretse uburyo n’ibikoresho bifashisha mu kurwanya ruswa. Twasanze mufite umugambi wo kutihanganira uwariye ruswa kandi natwe turawufite iwacu.’’

    Ishami ry’Ubutabera Mpuzamahanga muri Minisiteri y’Ubutabera ritangaza ko u Rwanda rwamaze koherereza Angola, inyandiko zigaragaza abantu bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo na Jenoside bari muri kiriya gihugu.

    Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Eduardo Filomeno Leiro Octávio yavuze ko mu minsi iri imbere hari amasezerano ibihugu byombi biteganya kugirana agamije ubufatanye mu ngeri zitandukanye zirimo n’ubutabera.

    Minisitiri Busingye na mugenzi we Dr Sebastiao Domingos Gunza bagiranye ibiganiro byibanze kuri gahunda u Rwanda rwashyizeho mu kurwanya ruswa

    Minisitiri Dr Sebastiao Domingos Gunza (ibumoso), Minisitiri Busingye na Ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Oct vio nyuma y’ibiganiro bagiranye

    Nyuma y’ibiganiro abayobozi ku mpande zombi bafashe ifoto y’urwibutso

    source : https://ift.tt/3iLLqMo

  • Iburasirazuba: Hakajijwe ingamba zo kwirinda COVID-19, imirenge yashyizwe muri Guma mu rugo ihabwa umwihariko – #rwanda #RwOT

    Ni imyanzuro yafashwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 13 Kanama 2021 nyuma y’inama ubuyobozi bw’intara bwagiranye n’abayobora imirenge n’uturere biri muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yabwiye IGIHE ko bafashe ingamba esheshatu bagiye kwifashisha mu kurwanya COVID-19 zirimo gushyira mu bikorwa amabwiriza, ibikorwa by’ubukangurambaga, iby’ubufatanye, iby’ubuvuzi, ibyo kwita ku cyumba cy’amakuru no gukorana n’itangazamakuru.

    Yakomeje agira ati “Turi kugerageza gusuzuma neza ahantu hari ibyuho hagati y’ingamba zafashwe, tunareba neza ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ya Leta bijyanye n’uburyo abantu bakwiriye kwifata mu kubahiriza ingamba zirimo kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera no gukaraba.”

    -  Imirenge irindwi iri muri guma mu rugo yahawe umwihariko

    Ku wa 11 Kanama 2021 ni bwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko mu mirenge 50 yari iri muri gahunda ya guma mu rugo icumi gusa ariyo iyisigaramo indi yose ikurwamo. Uyu mwanzuro wafashwe hagendewe ku mibare y’abanduye bakiyigaragaramo aho ifite 5% yose yashyizwe muri guma mu rugo y’iminsi 20.

    Intara y’Iburasirazuba ni yo ifitemo imirenge myinshi, irindwi irimo itatu yo mu Karere ka Gatsibo ariyo Muhura, Remera na Kageyo n’indi ine yo mu Karere ka Kayonza ariyo Rukara, Murundi, Nyamirama na Mwiri.

    Guverineri Gasana yavuze ko iyi mirenge bayifatiye umwanzuro w’umwihariko wo kuyikoramo ubukangurambaga bwihariye aho bagiye kuyishyiramo abakozi bihariye bazajya bishyurwa bakayikoramo ubukangurambaga bafatanyije n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze.

    Ati “Muri ya mirenge yihariye twiyemeje gushaka abakozi kugira ngo bagende babeyo bafatanye n’izindi nzego z’ibanze bafashe mu kugira ngo bashyira mu ngamba ubukangurambaga bwihariye banite ku baturage bo muri iriya mirenge.”

    Yavuze ko ibi bikorwa byose bazabifatanya n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo abanyamadini, abikorera, urubyiruko, abajyanama b’ubuzima, inzego z’umutekano n’abandi batandukanye, yavuze ko kandi bazifashisha abaganga mu gukurikirana abarwayi ba COVID-19 mu kumenya uko babayeho nuko bajya kwivuza.

    Ati “Ikindi rero ni uguhuza ibyo bikorwa byose dukoresheje icyumba ntangamakuru ( Command post), iki cyumba turashaka kugiha agaciro kikaduhuza kugira ngo umuntu amenye ibyo yagiyemo n’ibyavuyemo, tuzanamenyeramo kandi aho tubona twakongera imbaraga hatameze neza nko mu ma santere, mu masoko, ingo zikeneye ubufasha n’ahandi.”

    -  Nta kibazo cy’ibiryo kizagaragara mu mirenge iri muri Guma mu rugo

    Guverineri Gasana yavuze ko ibyo kurya babifite, asezeranya abaturage bari mu mirenge irindwi iri muri guma mu rugo y’iminsi 20 ko abari bafite akazi kahagaze batazabura ibibatunga.

    Ati “Abo ntibagire ikibazo ibyo kurya birahari dufite ubuhunikiro bwinshi burimo ibiryo ni ukureba mu Isibo bakatubwira tukabafasha kandi bimaze iminsi binakorwa hirya no hino.”

    Yasabye abatuye muri iyi ntara bose kubahiriza gahunda za Leta mu kurwanya iki cyorezo mu rwego rwo kwirinda ko hazongera kubaho indi gahunda ya guma mu rugo.

    Ati “Turabibutsa ko iki cyorezo kigihari kandi tudashyizeho ingamba nyinshi kugira ngo tukirinde twese dufatanyije, byaturemerera tukaguma muri guma mu rugo, abaturage rero nkuko basanzwe bubaha gahunda za Leta bakadufasha mu bukangurambaga turagira ngo dufatanye twese twirinda ntaba ari njyewe wanduza abandi twubahirize amabwiriza yose agenga kwirinda COVID-19.”

    Kuri ubu uturere twose tugize Intara y’Iburasirazuba harabarizwamo abaturage 3341 barwaye COVID-19, abamaze kwicwa nayo ni 160.

    Guverineri Gasana yijeje abaturage bo mu mirenge irindwi iri muri Guma mu rugo ko ibyo kurya ku buryo abafite akazi kahagaze bazakomeza kwitabwaho

    Abakoraga ku munwa ari uko bakoze bazirikanwe, bazajya bahabwa amafunguro

    source : https://ift.tt/3sdybqG

  • RIB yemeje ko Twibanire wiyahuriye i Nyabugogo yari afite uburwayi bwo mu mutwe – #rwanda #RwOT

    Amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko Twibanire Emmanuel wo mu Kagari ka Munanira II mu Murenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge, ubwo yahanukaga ngo yagwiriye umugore utwite gusa Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko ayo makuru atari ukuri.

    Yagize ati “Amashusho ya camera arerekana ko yiyahuye aturutse mu igorofa akikubita hasi, agahita apfa. Amashusho kandi yagaragaje ko nta muntu yagwiriye.”

    Dr. Murangira yakomeje avuga ko umuryango wa Twibanire Emmanuel wavuze ko yari asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe.

    Ati “Umugore we ndetse n’abo bavukana bemeje ko yari asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe yari amaranye igihe kirekire ndetse ko hari n’igihe yari yaragerageje kwiyahura ariko biranga.”

    Yavuze ko kandi iby’ubwo burwayi byemejwe n’ibitaro bivura indwara zo mu mutwo by’i Ndera kuko yari asanzwe ahivuriza.

    Yakomeje agira ati “RIB yihanganishije umuryango wa Twibanire Emmanuel.”

    Twibanire wari ufite imyaka 41 yiyahuye mu masaha ya saa Tanu n’igice za mu gitondo.

    Inyubako y’isoko ry’Inkundamahoro Twibanire yiyahuriyeho, imaze kugwamo abantu bane kuva uyu mwaka watangira, bose bapfuye biyahuye.

    RIB yemeje ko Twibanire yari asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe

    Abantu bari bahuruye nyuma yo kubona y’uko yiyahuye agahita apfa

    Abenshi bari baje gushungera nyuma yo kubona Twibanire yiyambuye ubuzima

    source : https://ift.tt/3AUF1Vp

  • Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi wa Misiri wasoje inshingano ze mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary yoherejwe guhagararira igihugu cye mu Rwanda mu 2018. Ku wa 16 Mutarama uwo mwaka ni bwo Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zimwemerera kuba Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 13 Kanama 2021.

    Mu gihe yari amaze mu Rwanda, Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary yagiye agira uruhare mu kwagura umubano igihugu cye kigirana n’u Rwanda haba mu buzima n’ubucuruzi.

    Igikorwa yaherukaga gukora ni icyabaye muri Kamena 2021, ubwo we na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije bashyiraga umukono ku masezerano yo kubaka ikigo kizajya kivurirwamo indwara z’umutima kikanakorerwamo ubushakashatsi.

    Kizubakwa i Masaka mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali ku bufatanye bw’Ikigo cy’Abanyamisiri gishinzwe ubutwererane mu Iterambere (EAPD) ndetse na Minisiteri y’Ubuzima.

    U Rwanda na Misiri bisanzwe bifitanye umubano n’imikoranire mu bijyanye no kubaka ubushobozi bw’abasirikare n’abakozi mu by’umutekano aho abasirikare b’u Rwanda bajya boherezwa muri iki gihugu mu mahugurwa atandukanye.

    Ibihugu byombi kandi bimaze imyaka isaga 45 bikorana mu zindi nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, ingufu, ubuvuzi no guhererekanya abanyeshuri.

    Muri iyo myaka, Abanya-Misiri barushijeho kwerekeza amaso mu gushora imari mu Rwanda ari nako batinyura Abanyarwanda gushora imari muri icyo gihugu.

    Kuri ubu buri mwaka, Misiri itegura imurikagurisha ry’ibikorerwa mu nganda zayo mu Rwanda “Egyptian Expo”.

    Ni mu gihe kandi u Rwanda narwo rwohereza muri icyo gihugu ibirimo ibikomoka ku buhinzi nk’icyayi, imboga, inanasi, imineke n’ibindi.

    Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byihariye na Ahmed Samy Mohamed El-Ansary wari umaze imyaka itatu ari Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda

    Nyuma y’ibiganiro abayobozi ku mpande zombi bafashe ifoto y’urwibutso

    Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary wari uhagarariye Misiri mu Rwanda kuva muri Mutarama 2018

    source : https://ift.tt/3jZzZjA