Tag: featured

  • Rubavu: Bafatiwe muri Hotel bari mu birori bya ‘Silent Disco’ batubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Bivugwa ko abafashwe bari itsinda ry’abantu bavogereye itsinda ryari ryavuye i Kigali rigiye mu bukerarugendo mu Karere ka Rubavu, ndetse iri tsinda ryari ribifitiye uruhushya rutangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB.

    Muri rusange, abantu bafashwe ni 26, mu gihe ibirori byari byitabiriwe n’abantu 67, bivuze ko abari bafite uruhushya ari abantu 41.

    Mu bafashwe kandi harimo amazina akomeye mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, kuko harimo abavanga imiziki, abashyushya-rugamba ndetse n’abategura ibitaramo, icyakora bikavugwa ko bari mu itsinda ry’abari bafite uruhushya rwo kwitabira ibi birori.

    Umuyobozi wa hotel yari yakiriye ibi birori, Eric Rukirana, na we ari mu bafashwe bitewe no kudakurikirana ishyirwa mu bikorwa by’amabwiriza yo kwirinda Covid-19 muri hotel ayoboye.

    Yavuze ko ikibazo cyatewe n’uko hari abantu baje muri ibi birori badafite ubutumire.

    Yagize ati “Habayeho guteshuka kuko batumiye abantu benshi bo hanze ntibatumenyesha n’amasaha yo gufunga ibikorwa, abagereraho kandi badafite ibyumba, baza kuba benshi biba ngombwa ko inzego z’umutekano ziza zirabafata.”

    Methode Royombana wari mu bitabiriye ibi birori, akaba n’umwe mu bafashwe kuko nta cyangombwa yari afite, yavuze ko baketse ko kwitabira ibi bitaramo byemewe kuko bumvaga bavuga ko byatangiwe uruhushya.

    Yagize ati “Hari ubutumire bwari buhari, abantu batubwira ko hari silent disco, kandi bavuga ko byemewe. Twe rero twahuruye nk’abantu bari bavuye muri Guma mu Rugo, twumva ko tubonye aho tujya kunyeganyega.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Twizerimana Bonavanture, yavuze ko hotel yakoze amakosa yo kutagenzura abemerewe kuza muri ibi birori, ku buryo hajemo abatemewe, avuga ko ari ngombwa ko inzego zose zubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

    Ati “Icyo twabwira abafite hotel, ni uko bafite inshingano zo kubahiriza aya mabwiriza, bakareba ko uje abagana yubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, iyo abirenzeho rero agomba kubibazwa, ndetse na wa mukiliya warenze ku mabwiriza nawe akabihanirwa.”

    Uyu muvugizi kandi yakomeje avuga ko inzego z’umutekano zifite ubushobozi bwo gukomeza guhashya ibikorwa bifitanye isano no kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bafashwe bari mu birori bya Silent Disco barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19

    source : https://ift.tt/3shOKlg

  • Bahangayikishijwe n’abamotari bashyira amazi muri casque aho gukoresha alcohol – #rwanda #RwOT

    Izi ngamba zo gusaba abamotari gushyira alcohol muri casque zigamije gufasha mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, aho abamotari basabwa gushyira umuti urimo alcohol muri casque nyuma yo kuyiha undi mugenzi.

    Makabagwiza Patricia wo mu Murenge wa Mageragere yagize ati “Ejo bundi umumotari yanjyanye mu Mujyi, ampereje casque musaba gushyiramo alcohol, abanza kubyanga ariko aza kwemera kuyishyiramo, ariko ngenzuye nsanga ntabwo ari alcohol ya nyayo, kuko nta mwuka wayo numvisemo kandi nanagenzura nkasanga ari amazi rwose.”

    Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda, FERWACOTAMO, Daniel Ngarambe, yabwiye IGIHE ko ayo makuru batari bayazi, aboneraho gusaba abaturage gutanga amakuru y’umumotari babonye agura ayo mazi kugirango abihanirwe.

    Ati “Ntabwo icyo kibazo twari tukizi ariko abo bamotari baramutse bafashwe bahanwa bikomeye kuko ibyo bintu ntibyemewe, tujya tubakurikirana kandi nk’ibyo ntabwo bashobora kubikora hari umuyobozi cyangwa undi ubashinzwe uri hafi, babikorera mu bwihisho, ariko dufite gahunda yo gukomeza kubakurikirana.”

    Uyu muyobozi yasabye abamotari gukora iyo bwabaga bakirinda gukora amakosa ashobora kuba intandaro y’ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Bamwe mu bamotari barashinjwa gukoresha amazi muri casque aho gukoresha umuti urimo alcohol usabwa

    source : https://ift.tt/2Ulb411

  • Ntibumva impamvu bishyuzwa amafaranga menshi ku gihembwe cya gatatu kigufi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bana bari muri icyo cyiciro, ubu bari mu gihembwe cya gatatu gisoza umwaka w’amashuri kuko bawutangiye batinze bitewe n’uko amashuri yabo yamaze igihe kirekire afunze mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Ariko n’ubu ababyeyi bavuga ko bafite ikibazo cyo kubona amashuri abasaba kwishyura amafaranga yose y’igihembwe, kandi abana baziga igihe kigufi.

    Umubyeyi witwa Muhire Agnes wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali afite abana babiri biga mu mashuri abanza mu myaka yo hasi.

    Yagize ati “Ni ikibazo gikomeye kuri twe ababyeyi, turasabwa kwishyura amafaranga y’igihembwe cyose, kandi abana baziga kimwe cya kabiri cy’igihembwe, kandi noneho dusabwa kuzahita twishyura n’igihembwe cya mbere cy’umwaka utaha w’amashuri. Ni akarengane.”

    Si uwo mubyeyi wenyine uvuga ko hari ikibazo cy’uko abana bazarangiza igihembwe, mu gihe batararuhuka, bagahita batangira undi mwaka w’amashuri mu minsi itatu gusa.

    Munyankindi Alphonse ni umubyeyi wo mu Karere ka Rulindo. Yagize ati “Ubu turasabwa gushaka amafaranga y’ ibihembwe bibiri icyarimwe, kandi ni ikibazo gikomeye cyane muri iki gihe cya Covid-19.”

    Ikindi Munyankindi avuga, ni uko ngo abana bari muri icyo cyiciro baba bakiri bato ku buryo bagombye kubona umwanya bakaruhuka, bakabona gutangira umwaka w’amashuri utaha.

    Asubiza kuri ibi bibazo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru, ati “Ku mashuri ya Leta, kwiga ni ubuntu uretse amafaranga makeya ababyeyi basabwa gutanga nk’ayo kurya ku ishuri”.

    Yongeyeho ko ku mashuri yigenga, ibijyanye n’amafaranga y’ ishuri biganirwaho n’ Ubuyobozi bw’ ishuri n’ababyeyi, ariko ahamagarira amashuri kugerageza kumvikana kuri iki gihembwe.

    Ku bijyanye n’uko abana bazahita batangira amashuri bataruhutse, kuko ngo hari amakuru aturuka muri Minisiteri y’Uburezi avuga ko umwaka w’amashuri utaha uzatangira tariki 20 Nzeri 2021, Twagirayezu yavuze ko bazareba uko abo bana babanza kuruhuka mbere yo gutangira umwaka utaha w’ amashuri.

    Yagize ati “Ntiturashyiraho amatariki yo gutangira, ariko na byo tuzabitekerezaho”.

    source : https://ift.tt/3iNtsZA

  • Abantu 26 bafatiwe mu gitaramo cy’umuziki udasakuza (Silent Disco) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bari baje bakurikiye abandi bantu 41 bari muri hoteli muri gahunda ya Tembera u Rwanda ndetse bujuje amabwiriza yo kwirinda Covid-19 nk’uko bisabwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).

    Ngo byabaye ngombwa ko hari abavuye hanze baza muri iyo hoteli bituma baba benshi barenga ku mabwiriza y’amasaha y’ingendo kandi badafite ibyumba, bafatwa n’inzego z’umutekano.

    Ubuyobozi bwa hoteli buvuga ko abari muri hoteli bari bujuje ibisabwa, bipimishije Covid-19 ndetse bari bafite igitaramo kidasakuza (silent disco) umuntu abyina yambaye ibimufasha kumva umuziki mu matwi (écouteurs) atabangamiye mugenzi we, icyakora ngo haje kuba ikibazo cyo kurangara haza abandi bantu badapimye.

    Icyitegetse Mélissa ni umwe mu bafatiwe muri Kivu Park Hotel yarenze ku mabwiriza. Avuga ko yafatiwe mu makosa kandi ayemera, akavuga ko bitazasubira.

    Ati “Badusanze ahantu twari benshi twarenze ku mabwiriza, twari mu kirori cya silent disco kandi bari batubwiye ko byemewe, ubuyobozi bwadusanzemo batuzana muri Stade.”

    Icyitegetse avuga ko bimusigiye isomo kubera kutubahiriza amabwiriza.

    Ati “Inama ntanga ni uko abategura ibirori bareba ko byubahirije amabwiriza, naho ababyitabira na bo bagomba kugenzura ko bubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, asaba ba nyiri amahoteli n’abazijyamo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kandi amayeri akoreshwa na hoteli na resitora zirenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 nkana azwi, avuga ko atazihanganirwa.

    Uretse gucibwa amande, abafashwe bahawe n’inyandiko barahirira ko batazongera kwica amabwiriza ndetse barahirira ko nibongera gufatwa bishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bazahanwa nk’abigometse.

    Amabwiriza yatanzwe na RDB avuga ko hoteli na resitora zemerewe kwakira abazigana ariko babanje kwipimisha. Icyakora bamwe muri abo bajyanywe muri Stade ya Rubavu ntibari bipimishije.

    source : https://ift.tt/3jWLh7Z

  • Arakekwaho kujya kwiba ahanuka ku gipangu ajya muri koma #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Byabaye mu ijoro rishyira tariki 15 Kanama 2021, mu ma saa cyenda aho abo bakekwaho ubujura bari bateye urugo rw’uwitwa Hakizimana Jean Pierre wo mu Murenge wa Cyuve, aho bishe idirishya bamaze kumutwara imyenda, mu kubumva arasohoka bamwikanze bariruka.

    Ngo ubwo buriraga igipangu bashaka gusohoka, umwe izina rye ritaramenyekana yahanutse ku gipangu cya nyiri urugo, abanza umutwe hasi arakomereka ku buryo atabashaga kuvuga, akaba yahise ajyanwa mu bitaro.

    Muri iryo joro kandi, DASSO ikorera mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze yashyikirije Polisi umugabo witwa Mundeli Felicien ukekwaho kwiba intama eshatu z’umuturage witwa Dukuzumuremyi.

    Yafashwe agiye kugurisha intama yiyemerera ko yari yarazibye
    Yafashwe agiye kugurisha intama yiyemerera ko yari yarazibye

    Ni intama akekwaho kwiba tariki 13 Kanama 2021, akaba yafashwe mu ijoro rishyira itariki ya 15 Kanama 2021 ubwo yari agiye kuzigurisha, nyuma yo gufatwa na we akaba yiyemerera ko yazibye ku wa Gatanu tariki 13 Kanama 2021, ubwo yicaga urugi rw’inzu zabagamo, yamara kuziba akajya kuzihisha mu rwego rwo kugira ngo icyaha cyibagirane.

    Uwo mugabo ubu afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Remera mu Karere ka Musanze, mu gihe hategerejwe ko agezwa mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).


    source : https://ift.tt/3AGDYbi

  • Abafite ubumuga barasaba koroherezwa mu gukingira Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafite ubumuga akenshi usanga bafite intege nke bitewe n’ubumuga umuntu afite, hakaba hari igihe aba adafite abasirikare bahagije b’umubiri ku buryo umubiri we washobora guhangana na Covid-19, bityo kuba bagira umwihariko wabo kuri serivise zo gupimwa no guhabwa inkingo hatagendewe ku myaka byarushaho kubafasha kwirinda no gutekana.

    Umwe mu baganiriye na Kigali Today utifuje ko amazina ye agaragara mu itangazamakuru twamuhaye amazina ya Ndahimana Hussein. Avuga ko kuba bakwitabwaho by’umwihariko ari ngombwa kuko abenshi baba mu miryango itishoboye.

    Ati “Nk’abafite ubumuga bw’ingingo cyangwa abageze mu myaka iri hejuru, usanga ari ikibazo kugira ngo babashe kugera ahatangirwa inkingo nk’iyo adafite umufasha ngo amwunguruze kiba ari ikibazo kitoroshye. Ikindi ni uko abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batabasha kumva ubutumwa butambuka ku bitangazamakuru bitandukanye yaba televiziyo na radio, bityo nibabashe kumenya aho icyo gikorwa kirimo kubera, cyane ko nta musemuzi uba uri hafi w’ururimi rw’amarenga kuko n’abantu baba bari kumwe kugira ngo bamusemurire abyumve neza biba ari ikibazo”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) Emmanuel Ndayisaba, avuga ko hari imbuga nkoranyambaga bahuriraho n’imiryango ibitaho zibafasha gutanga amakuru ariko ngo by’umwihariko hari ikirimo gukorwa ku bijyanye n’inkingo.

    Ati “Ku bijyanye n’inkingo, twaganiriye na Minisiteri y’Ubuzima na RBC twumvikana ko ku bafite ubumuga kubakingira batakwita ku myaka bitewe n’uko bo bashobora kugira ubumuga ugasanga afite ubuzima bushobora kubangamirwa cyane na covid-19, twemeranya ko guhera ku myaka 15 kuzamura babakingira. Ibyerekeye inkingo mu minsi ishize byari byatangiye gukorwa ariko ziza kuba nkeya bisa nk’ibihagarara, burya mu Mujyi wa Kigali bari batangiye kubishyira mu bikorwa. Ubu ubwo zongeye kuboneka twari twasabye ko na bo babashyira muri iyo gahunda kuko twari twatanze urutonde rwabo mu turere twose tubwira RBC ngo babashyire muri gahunda babakingire”.

    Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) Dr. Sabin Nsanzimana, avuga ko bagira uko bakorana n’amashyirahamwe y’abafite ubumuga.

    Ati “Abafite ubumuga buriya na bo bagomba kwitabwaho, ubundi tugira uburyo dukorana n’amashyirahamwe yabo numva ari na bwo buryo bworoshye bwo kuzabageraho aho baba bari bakabona urukingo mu byiciro byihutirwa, icyo rwose nabizeza ko turi buze kucyitaho”.

    Ibarura rusange ry’abaturage ryakozwe mu mwaka wa 2012 ryerekanye ko mu Rwanda habarirwa abafite ubumuga 446453. Inama y’igihugu y’abafite ubumuga ikaba irimo gutekereza uburyo hakorwa irindi barura rizagera hose ryerekana imibare nyayo y’abafite ubumuga mu Rwanda.

    source : https://ift.tt/3AI7kGj

  • Kinyinya: Batewe impungenge n’abajura babategera mu nzira bakabambura babanize – #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baganiriye na TV1 bavuze ko aba bajura babategera mu duhanda turi munsi ya gare ya Kinyinya bakabaniga ubundi bagatwara ibyo bari bafite byose.

    Basaba ubuyobozi gukoresha uko bushoboye kose bukahashyira abanyerondo kugira ngo aba bajura bahacike.

    Umwe mu baturage yagize ati “Njyewe ubwanjye ejo bundi naratashye nka saa Yine tuvuye mu kazi kuko dukorera hano turatambika tugeze kuri iyi nzu baradufata baratunigagura baravuga ngo ubundi muba muva he mujya hehe turababwira ngo mutware ibintu byose dufite mutubabarire twigendere.”

    Yakomeje avuga ko bahise bakomeza kumuniga ku buryo bamurekuye bamaze kumwiba telefone ye n’amafaranga yari amaze gukorera.

    Undi ati “Badufashe turi batatu bo bageraga muri barindwi ari benshi cyane, noneho babiri bahita bagufatira icya rimwe ibintu byose bagahita batwara ubundi bakirukanka.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Nduwayezu Alfred, na we yemeza ko iki kibazo bakizi agashimangira ko inzego zinyuranye zikora ibishoboka byose kugira ngo umutekano uboneke muri aka gace.

    Ati “Icyo kibazo turacyizi ahantu hatandukanye hagaragara umutekano muke kubera amasaha ariko icyo dukora ni uko dufatanya n’inzego z’umutekano ni ukuvuga ingabo na polisi n’irondo tukagenzura iyo tumaze kuhitaho mu masaha y’umugoroba mu gihe abantu batahira umutekano uraboneka naho hakurya tuhafite n’ingabo dufatanya ku buryo umutekano w’aho uba ucunze neza.”

    Yaboneyeho gusaba abaturage gutanga amakuru kugira ngo bahiteho mu buryo burushijeho mu rwego rwo gukumira igishobora kubahungabanyiriza umutekano icyo aricyo cyose.


    source : https://ift.tt/3m3EQ5E

  • Impamvu u Rwanda rwirinze kuzamura ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo RURA yashyize hanze ku wa 14 Kanama 2021 yavuze ko u Rwanda rwahisemo kwigomwa amahoro yari asanzwe yakwa ku bikomoka kuri peteroli kugira ngo ubukungu budahungabana.

    RURA yavuze ko muri aya mezi abiri ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bizaguma uko byari biri, aho mu Mujyi wa Kigali igiciro cya lisansi kuri litiro kitagomba kurenga Amafaranga y’u Rwanda 1,088, mu gihe litiro ya mazutu nayo itagomba kurenza Amafaranga y’u Rwanda 1,054.

    Si ubwa mbere u Rwanda rwigomwa amahoro rwakuraga ku bikomoka kuri peteroli mu rwego rwo kwanga ko byagira ingaruka ku bukungu kuko no muri Gicurasi 2021 rwabikoze ibiciro ntibyahinduka.

    Uyu mwanzuro wafashwe mu gihe ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku Isi byari byazamutseho 17% ibintu byari gutuma no mu Rwanda bizamuka ku kigero cya 7%.

    ITANGAZO: N’ubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kwiyongera ku isoko mpuzamahanga, @RwandaGov yafashe icyemezo cy’uko ibiciro muri Kanama na Nzeri 2021 biguma uko byari bisanzwe.@RwandaGov yemeye kwigomwa amahooro yari asanzwe yakwa ku bikomoka kuri peteroli.#RwOT pic.twitter.com/KBLvWfgn39

    — Rwanda Utilities Regulatory Authority – RURA (@RURA_RWANDA) August 14, 2021

    U Rwanda rwirinze kuzamura ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu kwanga ko byagira ingaruka ku bukungu

    source : https://ift.tt/2UoWKog

  • Umutingito udasanzwe wishe abarenga 300 muri Haiti – #rwanda #RwOT

    Abantu 304 bamaze kumenyana ko bitabye Imana, ariko amakuru akavuga ko umubare w’abapfuye ushobora kuba uri hejuru y’uwo. Abandi barenga 1800 bari kuvurirwa mu bitaro nyuma yo gukomeretswa n’uwo mutingito.

    Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Ariel Henry, yavuze ko Leta izakora ibishoboka byose mu gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’uyu mutingito, nubwo abatavuga rumwe na Leta bavuze ko ayo masezerano adafite ishingiro kuko ibikorwa bya ruswa n’umutekano muke bituma umutungo usanzwe ugenewe iterambere ry’abaturage unyerezwa, ari nayo mpamvu Haiti, iherereye ahantu hakunze kwibasirwa n’imitingito ndetse n’imiyaga ikomeye, idafite uburyo buhamye bwo kwirwanaho mu gihe cy’ibiza.

    Iki gihugu cyari kigihanganye n’ingaruka z’umutingito wabaye mu 2018 uri ku gipimo cya 5.1, ugahitana abantu 12 mu gihe abandi benshi bakomeretse.

    Icyakora uyu mutingito wari agatonyanga mu Nyanja ugereranyije n’uwari wabaye mu 2010, wari ku gipimo cya 7.1, ukaba warahitanye abantu barenga 200, abandi barenga ibihumbi 300 bagakomereka, mu gihe abarenga miliyoni 1.5 bavuye mu byabo, mu gihe 60% by’ibitaro byangiritse muri uwo mutingito.

    Iki gihugu kiracyari mu guhangana n’ingaruka z’uyu mutingito ndetse n’uyu wabaye, wasenye nyinshi mu nyubako za Leta zirimo amashuri n’ibitaro byari bimaze imyaka irenga 10 bikorerwamo ariko bitarasanwa neza.

    Ku rundi ruhande, Haiti yinjiye mu bihe bidasanzwe bizamara ukwezi, mu gihe kandi iki gihugu kimaze igihe gito gipfushije Perezida Jovenal Moise wishwe arasiwe mu rugo rwe.

    Umutingito udasanzwe wahitanye abantu barenga 300 muri Haiti

    source : https://ift.tt/3g5bBf5

  • Umuhate wa Mukeshimana watewe inda afite imyaka 14, akiyemeza gukomeza amashuri – #rwanda #RwOT

    Mukeshimana Divine w’imyaka 15 utuye mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Murambi, ni umwe mu bihumbi by’abakobwa inzozi zasubijwe inyuma no guterwa inda akiri muto.

    Mukeshimana avuga ko yatewe inda nawe mu buryo atasobanukiwe kuko yashutswe n’umuntu wazaga iwabo agenda amwiyegereza buhoro buhoro, amushukisha utuntu tudashinga, birangira amugushije mu mutego wo kuryamana nawe.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mukeshimana yasobanuye uko yamenyanye n’umugabo wari ufite undi mugore akamubeshya ko ari umusore, agatangira kujya amuha utuntu kugeza ubwo baryamanye.

    Yagize ati “Umuntu nabyaranye na we yari yarabyaye n’ubundi ariko yajyaga ambwira ko ari umusore. Twamenyanye kuko yajyaga aza mu rugo habaga icyokezo tumenyana gutyo.”

    Yakomeje avuga uko byagenze kugira ngo baryamane ati “Igihe kimwe nari nagiye kwiyogoshesha mu Kabuga, hanyuma yari avuye i Kigali arampamagara arambwira ngo ningende ambwire mwegereye mbona ndamuzi.”

    “Ubwo yahise ambwira ngo ndagushaka tuganire, hari habaye nka saa kumi n’ebyiri arambwira ngo hari akantu nakuzaniye ngwino nkaguhe arajyana ahantu hari akabari aba aribwo turyamana.”

    Mukeshimana avuga ko yagiye akurikiye ako kantu yamubwiraga ko yamuzaniye kugeza ubwo bageze aho ashaka kumusambanya.

    Yagize ati “Yandushije mu mutwe aranshuka ku buryo twanarwanye n’isaha ye ndayica turarwana kuko yari anakuze andusha imbaraga biranga. Icyo gihe byari mu kwa Gatanu hashize amezi abiri menya ko ntwite.”

    Nyuma yo kuryamana yaratashye bitewe n’igihunga ntiyagira uwo abibwira, haciye amezi abiri avumbura ko atwite.

    Ati “Naje kumubwira ko ntwite arambwira ngo ushatse kumbwira ko naguteye inda? Ndamubwira nti waranshutse none utangiye kunyigarika ubwo arambwira ngo aranyiyamye sinzongere no kumuhamagara.”

    Mukeshimana akimara kumenya ko atwite byamubereye ibibazo kuko uwamuteye inda ntacyo yamufashije ndetse n’ababyeyi batinda kwakira ibyamubayeho.

    Yagize ati “Nkimara kumubwira ko ntwite nta kintu kindi yambwiye, nta n’icyo yamfashije. Mu rugo rero nabo kubyakira byarabagoye kuko nigaga mu wa kabiri nigana inda amezi umunani batarabimenya.”

    “Impamvu nta bivuze papa natinyaga ko azanyica kuko akimara no kubimenya yarambwiye ngo iyo abimenya mbere yari kunkubita ikavamo. Gusa baje kubyakira nyuma.”

    Yarwanye ishyaka ryo gusubira mu ishuri

    Mukeshimana wabyaye yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ntabwo yigeze atekereza ko nyuma yo kubyara atazasubira ku ishuri, yarwanye ishyaka kugira asubireyo n’ubwo ababyeyi batabyumvaga.

    Yavuze ko yakoresheje amayeri akomeye kugira ngo asubireyo kugeza aho yabeshye ababyeyi be ko ubuyobozi buzabafunga nibatamureka ngo asubire kwiga.

    Yagize ati “Ubwo nakomeje kwinginga iwacu ngera ubwo ntumaho umuganga ngo azambwirire ushinzwe uburezi mu Murenge wa Murambi we azamubeshya ampamagarire mu rugo ababeshye ko banshaka.”

    “Nanjye nabeshye iwacu ko umuyobozi w’ikigo anshaka, ubwo ndagenda ndamubaza nti ko nshaka kugaruka ku ishuri byakunda, arambwira ngo byakunda nta kibazo niba uzabona uko uzajya usiga umwana.”

    Yakomeje avuga ko yateye iwabo ubwoba ko nibatamwerera kujya kwiga bazabafunga baza kumwemerera ajyayo, akajya asaba uruhushya saa sita akajya konsa.

    Mukeshimana avuga ko icyamuteye imbaraga zo gukomeza kwiga yarabyaye ari uko yumvaga ashaka kuzagira ejo hazaza heza.

    Ati “Nta kintu cyanteye ipfunwe, naravuze ngo sinjye wa mbere sinjye wa nyuma kuba nabyara bitankura mu ishuri nibwo nakomeje kwiga, kugira ngo ejo nzabashe kuba nagira aho ngera.”

    Kuri ubu uyu mwana w’umukobwa ntazi aho Mandera Jean Bosco wamuteye inda aba kuko n’ubusanzwe yari umuntu udafite aho abarizwa.

    Ikibazo cye yagishyikirije RIB ariko nta makuru yo kuba yaba yarafashwe yamenyeshejwe.

    Ikibazo cy’abangavu baterwa inda kimaze gufata indi ntera mu Rwanda kuko mu myaka itanu ishize imibare igaragaza ko abasaga ibihumbi 98 batewe inda.

    Mu mwaka wa 20216 abatewe inda bagera ku 17 849, barazamutse bagera ku 17 337 mu 2017, baba 19 832 mu 2018, bariyongera mu 2019 bagera kuri 23 628 mu gihe muri Nyakanga umwaka ushize, bari bamaze kugera ku 19 701.

    Mukeshimana yatewe inda mu buryo atasobanukiwe biturutse ku bushukanyi yakorewe n’umugabo wagendaga iwabo

    source : https://ift.tt/3xRupV4