Tag: featured

  • Ngororero: Umugabo arakekwaho kwica umugore n’umwana we – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’uko tariki 20 Ugushyingo hamenyekanye inkuru y’incamugongo ko mu karere ka Ngororero, Umurenge wa Hindiro, Akagari ka Gatega, ho mu mudugudu wa Cyahafi hiciwe Umugore n’Umwana bari bataramenyekana imyirondoro yabo.

    Ubuyobozi bw’Akarere icyo gihe bwatangaje ko iperereza rikomeje hashakishwa uwakoze aya mahano

    Umuvugizi w’ urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru avuga ko bikekwa ko uyu mugabo yamwishe mu rwego rwo guhagarika gutanga indezo.

    Ati “Uregwa yari yarabyaranye na nyakwigendera, bikaba bikekwa ko ariyo mpamvu yamwishe mu rwego rwo kugira ngo aruhuke kujya atanga indezo. Ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ngororero mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha’’.

    Nyuma yo gukekwa ko yaba ari we wishe umugore we n’umwana we, Niyonshuti yahise atorokera mu karere ka Rubavu ari naho yafatiwe.

    Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igifungo cya burundu nkuko biteganywa n’ingingo ya 107 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Uwafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ngororero

    source : https://ift.tt/3DVyM5r

  • Imbuto Foundation yizihije Isabukuru y’Imyaka 20, Madamu Jeannette Kagame ashimirwa icyerekezo yayihaye (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Imbuto Foundation ni umuryango washinzwe na Madamu Jeannette Kagame mu 2001. Ntabwo watangiranye iryo zina kuko mbere witwaga PACFA (Protection and Care of Families against HIV/AIDS), wita ku kurwanya icyorezo cya SIDA no kugarurira icyizere ababana n’ubwandu bwa Virusi itera SIDA.

    PACFA yaje kugenda yaguka bituma mu 2007 ihindurirwa izina yitwa Imbuto Foundation kugira ngo herekanwe uko yagiye itera imbere mu bikorwa n’inzego zitandukanye z’ubuzima, uburezi, kongerera ubumenyi urubyiruko no kwihaza mu bukungu ku miryango itishoboye.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko uru rugendo rutari rworoshye, ko rwatangiriye mu muhengeri ariko uyu munsi rukaba rugeze aheza hari inzira ikomeza kwerekana ahazaza.

    Ati “Iyo ntekereje Imbuto na PACFA bibaho, mbona umusaruro wo kwiyemeza.”

    Yavuze ko itangira ry’uyu muryango ryasaga n’igikorwa cy’impinduramatwara kuko hari hashize igihe gito igihugu kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Impfu zishobora kwirindwa ntizikwiriye kujya imbere yacu, ngo ziherekeze umubyeyi ugiye mu mirimo, ngo zakire abana bavutse, ngo zibe umutwaro ku bukungu bwacu.”

    Madamu Jeannette Kagame yasobanuye ko Imbuto Foundation yiyemeje kugira uruhare mu kurwanya izo ndwara nk’uburyo bwo guharanira ukwigenga kw’ejo hazaza.

    Mu myaka 20 ishize, Imbuto Foundation yafashije abana b’abakobwa 3.422 babyaye inda zitateganyijwe, bahawe ubufasha mu bijyanye n’imitekerereze kugira ngo barindwe ihungabana, naho abantu 604.992 bagerwaho n’amahugurwa ajyanye no kuboneza urubyaro.

    Urubyiruko 299.834 rwafashijwe kugera kuri serivisi zo kuboneza urubyaro, kwipimisha Virusi itera Sida n’ibindi.

    Ni mu gihe Abajyanama b’Ubuzima 35.667 bafashijwe kubona ibikoresho by’ibanze byatuma bakora akazi kabo neza n’ibindi.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko intambwe iri kwishimirwa uyu munsi atari ijyanye n’ibikorwa by’ubugiraneza ahubwo ari iyo kuzuza inshingano uyu muryango wihaye.

    Ati “Icyo Imbuto yagendeyeho kuva mu ntangiriro no mu ivuka rya PACFA mu myaka 20 ishize, ntabwo ari uguharanira icyubahiro, ahubwo ni inshingano.”

    Yashimiye abagore bamubaye hafi muri iyi myaka yose, bagaharanira ko Imbuto Foundation igera ku ntego yari yariyemeje, abashimira urugwiro, ubwitange n’umutima wa kibyeyi byabaranze.

    Yakomeje ati “Namwe bayobozi muri hano, turabashimira ubushishozi n’icyerekezo mwatweretse. Imyaka 20 ni intambwe ifatika no kuri bamwe muri twe bagize ibirori by’isabukuru. Ku rubyiruko rwacu, ni igihe cy’ubugimbi. Mu iterambere ry’ibihugu bitera imbere, ni ibihe bidasanzwe.’’

    Kuri Imbuto ni urugendo rwakozwemo ibintu bitandukanye byungukiyemo na benshi. Abanyeshuri 5.000 b’abakobwa batsinze neza bafashijwe kwiga mu gihe abana b’imyaka itandatu barenga 6O.000 barerewe mu ngo mbonezamikurire z’abana bato [ECD].

    Madamu Jeannette Kagame yashimiwe umuhate mu bikorwa bihindura ubuzima bwa benshi

    Ibirori byo kwizihiza Isabukuru ya Imbuto Foundation byabereye muri Kigali Convention Centre ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2021.

    Byitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Madamu wa Perezida wa Namibia, Monica Geingos; Madamu Roman Tesfaye wa Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, abambasaderi, abayobozi muri Guverinoma, abafatanyabikorwa n’inshuti za Imbuto Foundation.

    Abatanze ibiganiro bose bashimye intambwe Imbuto Foundation yateye n’uruhare rwa Madamu Jeannette Kagame muri urwo rugendo.

    Madamu Monica Geingos yavuze ko uyu muryango watangijwe mu gihe kigoye ariko ugera ku ntego zawo.

    Ati “Nabonye abakozi bake, ndatangara. Abagore b’abakuru b’ibihugu ntibavuka ari abayobozi. Twese twaba abayobozi, kandi ibyo Madamu Jeannette Kagame yarabigaragaje.’’

    “Tugomba guharanira indangagaciro zacu, tukumva abakiri bato binyuze mu rubyiruko. Ndashimira Madamu Jeannette Kagame watekereje kuri iki cyerekezo. Turagukunda, inshuti za Imbuto twemera ibyo ukora.’’

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urugaga Nyarwanda rw’Abafite Virusi itera SIDA, RRP+, Semafara Sage, yavuze ko kuva mu 2003 [PACFA] yaje guhinduka Imbuto Foundation yatangiye urugendo rwo gufasha abafite virusi itera SIDA kandi rugikomeje.

    Ati “Twiteguye gukomeza urugendo mwatangiye. Uyu munsi dufite intego yo kurandura no gukuraho SIDA ku Isi ariko dufite imyaka itarenze 10 ngo tubigereho. Mu Rwanda twatangije urwo rugamba rwo kurandura ubwandu bushya bwa SIDA mu Rwanda.’’

    Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda, Fodé Ndiaye, yashimangiye ko buri gihe habaho impamvu yo guharanira igikwiye mu kubaka sosiyete idaheza.

    Ati “Imbuto Foundation muri UN dusangiye indangadaciro zimwe, zo kubaka umuryango uhamye, utekanye, utuje kandi wita ku bawurimo. Ngicyo ikiduhuza. Muri ubwo bufatanye tuzakura nk’igiti cy’inganzamarumbo, gitanga ubuzima.’’

    Umuyobozi wa Edified Generation Rwanda, Ntirenganya Valens, uri mu bagenerwabikorwa ba gahunda y’abahawe buruse muri ‘Edified Generation’ yashimye ubumenyi yahawe.

    Ati “Ndashimira Nyakubahwa Jeannette Kagame ko batwitayeho nkuko umubyeyi yita ku bana be. Mu izina ry’abanyuze muri Imbuto Foundation muri gahunda ya Edified Generation, turabashimira.’’

    Edified Generation Rwanda bashinze nk’abafashijwe kwiga ubu ni umuryango ufite abagenerwabikorwa barenga 5000, bafashwa kubona ibikoresho bitandukanye ku ishuri.

    Urubyiruko n’ibigo by’indashyikirwa byashimiwe

    Muri uyu muhango kandi hahembwe imiryango ifasha urubyiruko kwiteza imbere n’urubyiruko rwageze ku bikorwa by’indashyikirwa (CYRWA: Celebrating Young Rwandan Achievers) bihindura imibereho yarwo n’iy’igihugu.

    Mu rubyiruko rwashimiwe harimo Jessica Gérondal Mwiza w’imyaka 29 y’amavuko. Asanzwe ari Visi Perezida wa Ibuka France. Yashimiwe ku bw’uruhare mu kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bufaransa aho atuye no mu Burayi.

    Undi ni Moses Turahirwa w’imyaka 30. Uyu musore yashinze inzu ihanga imideli yitwa Moshions imaze kuba ubukombe mu gihugu no mu mahanga kugera mu 2015.

    Yagize uruhare mu guhanga urubyiruko ku bantu barenga 100 bamufasha mu kazi ka buri munsi.

    Nziza Nadege w’imyaka 30 ufite Impamyabumenyi y’Ikirenga yakuye muri Harvard University mu bijyanye n’ubudahangarwa bw’umubiri, yashimiwe ku bw’ubushakashatsi yakoze ku misokoro na virus zishobora gutuma umuntu amugara mu ngingo cyangwa se akagira ubundi burwayi nko ku ruhu.

    Yves Mutabazi w’imyaka 26 na we yahawe ishimwe. Ni umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Volleyball, yashimiwe ko ari umwe mu bakinnyi bitwaye neza mu mikino iheruka y’Igikombe Nyafurika cyabereye muri Kigali Arena, agafasha u Rwanda gutahukana umwanya wa Gatandatu.

    Uwineza Aline Nelly w’imyaka 33 we ni rwiyemezamirimo washinze ikigo gikora imiti yica udukoko. Yashimiwe uruhare rwe mu kurwanya Covid-19 akora kandi akanacuruza litiro zirenga 1000 z’uyu muti ukoze mu gikakarubamba.

    Imiryango yahembwe yo irimo uw’Urubyiruko rw’Abakorerabushake wahawe igihembo, ushimirwa uburyo rwafashije igihugu guhangana n’ibihe bitoroshye bya Covid-19, rukurikirana ko amabwiriza yo kwirinda yubahirizwa uko bikwiriye.

    Ihuriro ryarwo rigizwe n’urubyiruko 416.000. Kuva mu 2013, uru rubyiruko rwubatse inzu 914, rutera ibiti 700.000 runatangira Ubwisungane mu Kwivuza imiryango 2412.

    Abandi bahembwe ni Urubyiruko rwibumbiye mu Ihuriro ryitwa “Peace And Love Proclaimers”. Iri huriro ryatangiye mu 2007 niryo rigira uruhare mu gutegura ibikorwa bizwi mu gihugu nka “Walk to Remember”.

    Aba biyongeraho Umuryango utegamiye kuri Leta witwa “Acts Of Gratitude”. Uyu muryango washinzwe mu 2011 n’abasore n’inkumi 13, ugamije guhindurira ubuzima imiryango ibihumbi 10 bitarenze mu 2030 binyuze mu guhanga imirimo n’ibindi.

    Abitabiriye ibirori by’isabukuru ya Imbuto Foundation basusurukijwe n’abahanzi biganjemo abanyuze mu irushanwa ryashyiriweho gushaka abanyempano rya ArtRwanda- Ubuhanzi.

    Ubwo Madamu Jeannette Kagame yari ageze ahabereye uyu muhango

    Mbere yo kwinjira mu cyumba cya KCC cyabereyemo inama, Madamu Jeannette Kagame n’abari bamuherekeje bafashe ifoto y’urwibutso

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine, yashimye abagenerwabikorwa bagiriye umuryango icyizere bagafatanya mu rugendo rwo guhindura ubuzima bwabo

    Hakinwe imikino igaragaza urugendo rw’imyaka 20 Umuryango Imbuto Foundation umaze

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Mbabazo Rosemary, mu izina ry’urubyiruko yashimye umusanzu wa Imbuto Foundation mu mishinga iri mu cyerekezo cy’iterambere ry’igihugu

    Hakaswe umutsima hishimirwa intambwe Imbuto Foundation yateye, ishyira imbere uburezi n’imibereho myiza y’Umwana w’umukobwa mu Rwanda

    Amafoto ya IGIHE: Igirubuntu Darcy


    source : https://ift.tt/3xvLXaS

  • Yves Mutabazi ukina Volleyball ari mu bahembwe na Madamu Jeannette Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yves Mutabazi ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame na Rosemary Mbabazi, Minisitiri w
    Yves Mutabazi ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame na Rosemary Mbabazi, Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco

    Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Imbuto Foundation umaze ushinzwe byabereye muri Kigali Convention Centre ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ugushyingo 2021, habereyemo n’umuhango wo guhemba urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu bikorwa by’iterambere aho kuri urwo rutonde hagaragayeho umukinnyi Mutabazi Yves ubu ukinira Hatta Club yo mu mujyi wa Abu Dhabi ho muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

    Yves Mutabazi ni umwe mu bahawe ishimwe
    Yves Mutabazi ni umwe mu bahawe ishimwe

    Mutabazi Yves yigaragaje cyane uyu mwaka mu ikipe y’Igihugu ubwo bari mu marushanwa y’igikombe cya Afurika (Africa Nations Championship 2021) yabereye i Kigali mu Rwanda aho ikipe y’u Rwanda yasoje ku mwanya wa Gatandatu nyuma ya Tunisia, Cameroon, Morocco, Egypt ndetse na Uganda dore ko Yves Mutabazi yaje mu bakinnyi 3 batsinze amanota menshi muri iri rushanwa.

    Yves Mutabazi ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu ikipe y
    Yves Mutabazi ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu ikipe y’Igihugu

    Mutabazi Yves yerekeje muri Hatta Club mu mpera z’Ukwakira uyu mwaka avuye mu ikipe ya Gisagara Volleyball Club nyuma yo kubengukwa n’iyi kipe ubwo yigaragazaga mu ikipe y’Igihugu.

    Mutabazi Yves ni umwe mu bakinnyi bamenyekaniye cyane mu ikipe ya APR VC yavuyemo yerekeza mu gihugu cy’u Buyapani gukina nk’umukinnyi wabigize umwuga. Nyuma yo kuvayo yerekeje muri REG VC aho yasoje amasezerano agahita yerekeza muri GISAGARA Volleyball Club.

    Yves Mutabazi mu mukino u Rwanda rwatsinzemo u Burundi muri Nzeri 2021 mu mikino y
    Yves Mutabazi mu mukino u Rwanda rwatsinzemo u Burundi muri Nzeri 2021 mu mikino y’igikombe cya Afurika yabereye mu Rwanda
    Perezida Kagame yakurikiye uyu mukino wahuje u Rwanda n
    Perezida Kagame yakurikiye uyu mukino wahuje u Rwanda n’u Burundi

    source : https://ift.tt/311etFF

  • Polisi yafashe uwari ugemuye urumogi i Nyanza – #rwanda #RwOT

    Yafatiwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Jomba, Akagari ka Nyamitanga, Umudugudu wa Rugera.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko uwo mugore yafatiwe mu bikorwa bisanzwe bya Polisi byo kurwanya ibiyobyabwenge.

    Yagize ati” Abapolisi bari mu kazi kabo ka buri munsi basaka imodoka zinyura mu muhanda Mukamira-Muhanga,imodoka yarimo yageze mu Mudugudu wa Rugera barayisaka. Abapolisi basatse umutwaro we basanga harimo udupfunyika tw’urumogi yaruhishe mu myenda yari mu gikapu cye.”

    Uwafashwe yavuze ko yari ajyanye urwo rumogi ku mukiriya uba mu Karere ka Nyanza akaba yari arukuye ku mucuruzi w’urumogi wo mu Murenge wa Bugeshi. Gusa yanze kuvuga imyirondoro y’uyu mucuruzi, ariko ngo yari yamusezeranyije kumuhemba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 15 amaze kugeza ruriya rumogi ku mukiriya i Nyanza.

    CIP Karekezi yongeye kuburira abantu bishora mu byaha cyane cyane mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge kuko birangira bafashwe bagafungwa imyaka myinshi muri gereza. Yakomeje akangurira abaturage gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha cyane cyane abakwirakwiza ibiyobyabwenge.

    Uwafashwe n’urumogi yafatanwe byashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Jomba kugira ngo hakomeze iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.


    source : https://ift.tt/3cVbgtC

  • Gatsibo: Abaturage bakoze intebe z’amashuri bahawe umunsi ntarengwa wo kwishyurwa – #rwanda #RwOT

    Iki kibazo cyahawe umurongo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ugushyingo 2021, nyuma y’aho rwiyemezamirimo, aba baturage ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere bahuye bagacoca ikibazo.

    Ni ikibazo kimaze amezi arenga atandatu aho abaturage bavuga ko bateranyije intebe zirenga ibihumbi 13 zagombaga gushyirwa mu bigo by’amashuri, bikarangira hari amafaranga yabo batishyuwe.

    Bamwe mu baturage baganiriye na IGIHE, bavuze ko bagitangira gukora bishyurwaga neza ariko ngo bigeze mu minsi ya nyuma batangira kwishyurwa nabi.

    Kunduwumutima Emerance yagize ati “ Njye bamfitiye ibihumbi 85 Frw nakoreye. Mu mezi ya nyuma twarishyuzaga bakatubwira ko rwiyemezamirimo ataraboneka, ubu rero ari kuganira n’ubuyobozi turindiriye ikivamo kuko hashize igihe.”

    Bayavuge Marie Chantal we wishyuza ibihumbi 25 Frw kuko yatanze imisumari n’imiseno, yavuze ko bari bamaze igihe kinini bishyuza ariko barabuze igisubizo.

    Ati “ Ubu rero batubwiye ko Akarere ariko kagiye kutwishyura kandi ni nabyo twasabaga mbere kuko Akarere niko katureberera, twasabaga ko twishyurwa hanyuma bakazayakata rwiyemezamirimo none birangiye babyumvikanye.”

    Rwiyemezamirimo Ngamije Ambroise uyobora True energy Ltd, yavuze ko ikibazo cyari cyabayeho cyanatumye abaturage batinda kwishyurwa cyatewe n’umukozi wakoreshaga abo baturage watanze raporo y’amafaranga menshi arenze ayagombaga kwishyurwa biba ngombwa ko bitinda.

    Ati “ Mbere bishyuzaga miliyoni 20 Frw ariko twaje gusubiramo dusanga ni miliyoni zirengaho gato 13 Frw, aho bikemukiye rero nasabye Akarere gufata amafaranga bamfitiye bagakuramo amafaranga yose y’abo baturage bagahita babishyura.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gatsibo, Nankunda Jolly, yavuze ko bagiranye ibiganiro na rwiyemezamirimo abaha uburenganzira bwo kwishyura abaturage ku mafaranga bari bamufitiye, yizeza abaturage ko nyuma y’icyumweru kimwe bari bube babishyuye.

    Ati “ Rwiyemezamirimo tumufitiye amafaranga menshi arenga miliyoni 30 Frw, abaturage bo ni miliyoni 13 Frw kandi yaduhaye uburenganzira bwo kubishyura. Uwumvaga ko yarenganye rero ari burenganurwe kandi turumva ikibazo gihawe umurongo.”

    Nankunda yijeje aba baturage ko bitarenze tariki ya 3 Ukuboza bazaba babonye amafaranga yabo yose.

    Kunduwumutima Emerance yavuze ko yishimiye kwishyurwa nyuma y’amezi atandatu

    Bayavuge Marie Chantal yavuze ko kuva na mbere basabaga akarere kubishyura bakazayakata rwiyemezamirimo

    Bamwe mu baturage bishyuza rwiyemezamirimo bishimiye ko bagiye kwishyurwa

    source : https://ift.tt/3p5s9Ya

  • #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye bashya babonetse ni 14 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuntu umwe yishwe n’icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda baba 1,342.

    source : https://ift.tt/31aE8LT

  • Umuryango Imbuto Foundation wizihije isabukuru y’imyaka 20 umaze ushinzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibirori byizihirijwe mu nyubako ya Kigali Convention Centre kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Ugushyingo 2021, bikaba byanitabiriwe n’umugore w’umukuru w’igihugu cya Namibia Madamu Monica Geingos.

    Mu ijambo rye Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku rugendo rw’umuryango Imbuto Foundation kuva mu mwaka wa 2001, ubwo uwo muryango watangiye witwa PACFA, aho wibandaga ku bikorwa byo kwita ku banduye virusi itera SIDA hamwe no kuyirwanya, byakozwe kugera mu mwaka wa 2007, aho uwo muryango waje guhindurirwa izina ukitwa Imbuto Foundation nyuma yo kwagura ibikorwa byawo.

    Ni umuryango watangiranye icyerekezo gisobanutse aho intego nyamukuru yari ukugira ngo Abanyarwanda babeho mu buzima bwiza, ari na yo mpamvu usanga muri gahunda zabo zitandukanye harimo uburezi, ndetse no kubaka ubushobozi bw’umuryango nyarwanda muri rusange bahereye mu rubyiruko.

    Madamu Jeannette Kagame avuga ko impamvu bahitamo gushyira imbaraga nyinshi mu rubyiruko ari ukubera ko gufasha urubyiruko ari ukubiba imbuto kuko iyo ubibye imbuto uba wizeye ko izakura ukabona umusaruro.

    Ngo mu ntangiriro z’uyu muryango, Leta y’u Rwanda yawuhaye ubwisanzure bwatumye ubasha gukora amahitamo akwiriye atuma basubiza ibibazo umuryango nyarwanda wari ufite nk’uko Madamu Jeannette Kagame yabisobanuye.

    Ati “Gahunda yafashije umuryango Imbuto uhereye ku ntangiriro yari izwi nka PACFA mu myaka 20 ishize, ntabwo yari ukwicyeza ahubwo yari inshingano, hafi igice cy’ikinyacumi cy’imyaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubutaka bw’igihugu cyanyu bwongeye kubona gakondo yabwo yo kurumbuka, Imbuto yagombaga kubibwa yari ikeneye gutunganywa neza, kugira ngo yere imbuto yagombaga gusarurwa, ariko kandi nta murongo wari uhari,..”.

    Madamu wa Perezida wa Namibiya, yashimye uruhare rwa Imbuto Foundation mu guhindura imibereho y
    Madamu wa Perezida wa Namibiya, yashimye uruhare rwa Imbuto Foundation mu guhindura imibereho y’abantu no gushyigikira urubyiruko mu bikorwa by’iterambere

    Madamu Monica Geingos, Madamu wa Perezida w’Igihugu cya Namibia, yavuze ko ibikorwa Umuryango Imbuto Foundation umaze kugeraho mu myaka 20 ishize ari ibikorwa byivugira kandi ko bitari kugerwaho mu gihugu kirimo amacakubiri ahubwo ko ubumwe Abanyarwanda bafite ari bwo bwatumye Imbuto Foundation ibasha gukora kandi ibikorwa byawo bikagera ku musaruro ugaragara uyu munsi.

    Ati “Tugomba gushaka ibituranga bishingiye ku ndangagaciro zo kubabarira, zitarangwa no kwicamo ibice, irondabwoko, ahubwo zishingiye ku rukundo, dushobora kugira ibyo tutumvikanaho, dushobora no kutumvikana hagati yacu, ariko amaherezo dufite kimwe tugomba gukora, icyo na cyo ni ukubaka si ugusenya, byoroshye gusenya kurusha gusana”.

    Umuyobozi wa Imbuto Foundation Sandrine Umutoni, yashimiye Madamu Jeannette Kagame, ku cyizere yabagiriye no kubabaza inshingano z’ibyo bakora kuko bahawe urubuga n’amahirwe yo kuzana impinduka muri sosiyete barimo.

    Umuyobozi wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni
    Umuyobozi wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni

    Uretse amavuriro abiri agendanwa ari mu modoka nini yashyikirijwe Minisiteri y’Ubuzima mbere y’uko ibirori nyirizina bitangira, kuri uyu munsi hizihizwa isabukuru y’imyaka 20 umuryango Imbuto Foundation umaze ushinzwe, hanahembwe indashyikirwa (Youth Connect Champions) umunani mu rubyiruko zahize abandi muri gahunda ya Youth Connect.

    Ababaye indashyikirwa mu bikorwa by
    Ababaye indashyikirwa mu bikorwa by’urubyiruko by’iterambere bahawe ishimwe
    Ange Kagame n
    Ange Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma na bo bitabiriye ibi birori

    source : https://ift.tt/3nXbbM0

  • Umuryango MAFUBO usanga kuzamura ubushobozi bw’umugore ari uburyo bwiza bwo kumurinda ihohoterwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu banyamuryango ba MAFUBO mu Rwanda bahuye baganira ku byerekeranye no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n
    Bamwe mu banyamuryango ba MAFUBO mu Rwanda bahuye baganira ku byerekeranye no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa

    Uyu muryango ukorera mu bihugu 48 byo hirya no hino ku isi ugizwe n’abagore bagize igitekerezo cyo kumva ko kwishyira hamwe byatuma bazamuka, bagafashanya, bakaganira cyane cyane bagamije kugendera hamwe no gufasha bagenzi babo bugarijwe n’ubukene.

    Mu gihe kuri ubu ku isi hariho gahunda yUmuryango w’Abibumbye y’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, uyu muryango na wo ntiwasigaye inyuma muri ubwo bukangurambaga, cyane ko bihura n’inshingano zawo za buri munsi, nk’uko abayobozi bawo babigarutseho mu kiganiro baherutse kugirana n’itangazamakuru tariki tariki 25 Ugushyingo 2021, ubwo hatangizwaga ubwo bukangurambaga.

    Dr. Hon. Monique Mujawamariya washinze uwo muryango akaba anawuyobora ku rwego mpuzamahanga, yagize ati “Nimuze duhaguruke nka ba Mafubo, dukore ibishoboka byose kugira ngo wa mugore utishoboye tumuzamurire ubushobozi, tuzaba tumuhaye ingabo yo kwibohora ihohoterwa riterwa n’uko akennye.”

    Umuyobozi wa MAFUBO mu Rwanda, Ruth Tuyisenge, na we yagarutse kuri bumwe mu buryo bwatuma ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa ricika. Tuyisenge ashishikariza abagabo gukunda abagore babo kuko iyo umugabo akunze umugore we n’uwo mugabo na we bimugirira akamaro.

    Ati “Nkunda kubwira abagabo ko iyo bakunze abagore babo na bo baba bikunze. Iyo umugore aguwe neza mu rugo, ibintu byose bigenda neza.”

    Umuyobozi mukuru wa MAFUBO Dr. Hon. Monique Mujawamariya (iburyo) na Ruthn Tuyisenge uyobora MAFUBO mu Rwanda (ibumoso) basobanuye ko iterambere ry
    Umuyobozi mukuru wa MAFUBO Dr. Hon. Monique Mujawamariya (iburyo) na Ruthn Tuyisenge uyobora MAFUBO mu Rwanda (ibumoso) basobanuye ko iterambere ry’umugore ari iterambere ry’umuryango wose

    Tuyisenge uyobora MAFUBO mu Rwanda avuga ko kuzamurira abagore n’abakobwa ubushobozi atari ugushaka kubarutisha abagabo, ahubwo ko ari ukugira ngo bibafashe kugira ubuzima bwiza no kwirinda ihohoterwa n’ibishuko bahura na byo.

    Avuga kandi ko icyo bibandaho atari ukubaha ubushobozi bw’amafaranga gusa kuko byonyine bitatuma bahinduka, ahubwo ko babafasha no guhindura imyumvire kuko ari bwo buryo bwiza bwo kuva mu buzima bubi bahozemo bakagira ahazaza habo heza.

    Ati “Ni ngombwa kubatega amatwi ukabumva ibibazo bafite, ukamwereka ko ari mwiza kandi ko umwitayeho kuko abenshi baba baratereranywe, icyo gihe umenya neza uko ukemura ibibazo byabo ukabafasha no kubisohokamo.”

    “Icya mbere twifuza ni ukugarura agaciro k’umwana w’umukobwa. Kuba umukobwa yarabyaye afite imyaka 12 cyangwa 15 ntibivuze ko ubuzima buhagaze. Abo bana b’abakobwa bashobora gusubira mu mashuri bakiga bakazavamo abantu bashobora gukora imirimo itandukanye. Iyo bahawe amahirwe, inzozi bari bafite nta kabuza bazigeraho.”

    Izina MAFUBO rituruka ku ijambo ryitwa ‘Gufuba’ risobanura kwambika no gutegura umuntu witabye Imana kugira ngo ashyingurwe mu cyubahiro.

    Dr. Monique Mujawamariya ni we washinze umuryango MAFUBO
    Dr. Monique Mujawamariya ni we washinze umuryango MAFUBO

    Mu bihe byo hambere ngo hari umugore wabikoreye mugenzi we wari witabye Imana, ashyingurwa ku manywa kandi mu buryo bwiyubashye, mu gihe abandi bagore babashyinguraga nijoro kandi ngo nk’imbwa.

    Uwakoreye uwitabye Imana ibyo bikorwa byo kumwitaho ngo ni we bitaga Mafubo, bikaba kuri ubu bikoreshwa mu rwego rwo gusobanura umugore ukunda undi ku buryo akora ibishoboka byose kugira ngo arinde mugenzi we gukorwa n’isoni.

    Muri iki gihe aba ba Mafubo babivanye muri ubwo buryo bwo kwita ku witabye Imana, ahubwo babizana mu buzima busanzwe bwo kwita ku mugore cyangwa umukobwa ufite ikibazo runaka, bagenzi be bakamufasha kugisohokamo.

    Umuyobozi wa MAFUBO ku rwego mpuzamahanga ati “Ubu MAFUBO afasha umuntu utishoboye akamurinda gukorwa n’isoni mu gihe yabyaye nk’umwana akabura ubushobozi bwo kumuvuza kubera ko adafite amafaranga. Ashobora kugutera inkunga y’amafaranga, cyangwa se akaguherekeza, akakugira n’inama mu buryo bw’ibitekerezo. MAFUBO ni wa wundi ubona ko uhora wambaye umwenda umwe kubera ko utishoboye akaguha umwambaro nawe ugaseruka mu bandi udafite ipfunwe,…”


    source : https://ift.tt/3rglv46

  • Ibitaramo “bishobora” guhagarikwa – #rwanda #RwOT

    Kuva Covid-19 yiswe Omicron yagaragara muri iki Cyumweru, Isi yahiye ubwoba, ibihugu bitangira gufunga ingendo, ibindi bikaza ingamba ku bantu babyinjiramo kugeza no ku Rwanda rwasubijeho akato k’amasaha 24 ku bantu bose binjira mu gihugu.

    Mu mabwiriza mashya yaraye atangajwe na Minisiteri y’Ubuzima, harimo n’ingingo iburira abantu ko bakwiriye “kwirinda kujya ahantu hari abantu benshi no mu birori cyangwa imyidagaduro bitari ngombwa”.

    Iyi ngingo ica amarenga ko mu gihe Omicron yagera mu Rwanda, ibitaramo byari byarakomorewe bishobora gufungwa, ahubwo icyakozwe ubu ari ugutegura abantu mu mutwe mbere.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yabwiye IGIHE ko amabwiriza yari asanzwe agenga abitabiriye ibitaramo, akwiriye kubahirizwa.

    Ayo arimo kuba nibura umuntu yarikingije nibura agahabwa urukingo rumwe, yipimishije, kandi yagera no mu gitaramo agakomeza kwitwararika ahana intera na mugenzi we kandi yambaye n’agapfukamunwa.

    Yakomeje avuga ko uko abantu bari bwitware muri ibi bihe, ari byo biza kugena umwanzuro ukwiriye ushobora gufatwa.

    Ati “Biraterwa n’uko abantu babyitwaramo. Nibatubahiriza amabwiriza nibwo byaba ari ikibazo. Baje batikingije, batipimishije, batubahiriza n’andi mabwiriza asanzwe, byanaviramo guhagarika igitaramo nubwo cyaba kirimo.”

    Dr Ngamije asobanura ko hakiri kare ku buryo abantu babuzwa guhura mu gihe bujuje ibisabwa bya ngombwa, gusa abategura ibitaramo avuga ko bishobora guhagarikwa barenze ku mabwiriza.

    Ati “Cyane abantu bari guhura ntibubahirize amabwiriza n’igitaramo cyahagarikwa. Abateguye ibitaramo bagomba kugira na bo uruhare, bagafatanya n’inzego zitandukanye mu kubahiriza amabwiriza.”

    Birashoboka ko ingamba zo kwirinda Covid-19 zakubahirizwa mu bitaramo?

    Muri Nzeri nibwo ibitaramo byakomorewe nyuma y’igihe kinini bisubitswe kubera Covid-19. Icya mbere cyabimburiye ibindi gikomeye cyabaye mu mpera za Ukwakira kuri Canal Olympia ku i Rebero.

    Nyuma habaye ibindi birimo icya Massamba Intore, icyitabiriwe na Adekunle Gold wo muri Nigeria, icya Bruce Melodie, icya Omah Lay na Rema bombi bo muri Nigeria n’ibindi.

    Muri ibyo bitaramo byose, nta na kimwe muri byo wavuga ko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yubahirijwe uko bikwiriye na cyane ko abategura ibitaramo basobanura ko bigoye kugira ngo bigerweho.

    Mushyoma Joseph uyobora East African Promoters wateguye igitaramo cyiswe Kigali Fiesta kikitabirwa na Omah Lay, yabwiye IGIHE ko mu gutegura ibitaramo, hari amabwiriza yibandwaho cyane n’andi agoye.

    Ati “Bisa nk’ibigoye ariko ariya mabwiriza tuba tugomba kugerageza kuyubahiriza. Ugerageza kubwira abantu ko nibatitwara gutya na gutya igitaramo gishobora guhagarikwa. Ariko biragoye kubwira umuntu waje kubyina, kwizihirwa, biragoye.”

    Mushyoma yasobanuye ko imbaraga nyinshi zishyirwa mu gusaba abantu kuba barikingije, kuba baripimishije ariko kubwira umuntu ngo niyambare agapfukamunwa, byo ni ihurizo.

    Ati “Biragoye cyane ko umuntu yamaze kwipimisha, yarikingije ari mu gitaramo wamubwira ngo yambare agapfukamunwa. [Abayobozi] Batubwiraga ko ingufu zigomba gushyirwa mu kuba yarakingiwe, yapimwe. Naho izindi ngamba ntabwo zubahirizwa.”

    Dr Ngamije yavuze mu bitaramo byabaye mu minsi ishize, hari bike byubahirije amabwiriza. Ati “Hari aho yubahirijwe, nka Massamba yanyuzagamo akabibutsa kubahiriza amabwiriza ariko hari n’ahandi batayubahirije.”

    Kuva Omicron yagaragara, ibihugu byinshi by’i Burayi byafashe ingamba zikomeye, bihagarika ingendo bizihuza n’ibihugu yagaragayemo.

    Ku wa Gatanu, Omicron yari imaze kugaragara muri Afurika y’Epfo, Botswana, Hong Kong n’u Bubiligi. Mbere ya Saa Sita zo kuri uyu wa Gatandatu, yagaragaye mu Bwongereza kuko yasanzwe mu barwayi babiri.

    Mu bihugu nk’u Buholandi, u Budage, Tchèque naho hari abarwayi bikekwa ko bayanduye. Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika naho bikekwa ko yagezeyo nubwo nta murwayi iragaragaraho.

    Bivugwa ko yandura cyane kurusha ubundi bwoko bwabayeho bwa Covid-19, gusa ntibiramenyekana niba inica cyane.

    Nta nubwo bizwi niba inkingo za Covid-19 zihari hamwe n’indi miti bishobora kuyirinda gusa icyizere ni uko uwakingiwe ashobora kugira amahirwe menshi yo guhangana nayo.

    Mu bitaramo, byamaze kugaragara ko guhana intera no kwambara udupfukamunwa bidashoboka

    source : https://ift.tt/3p61nid

  • Perezida Kagame yashimye Imbuto Foundation yujuje imyaka 20 – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yifurije Imbuto Foundation isabukuru binyuze mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye. Ibirori byo kuyizihiza byabereye muri Kigali Convention Centre.

    Congratulations :#ImbutoTurns20

    — Paul Kagame (@PaulKagame) November 27, 2021

    Imbuto Foundation ni Umuryango washinzwe na Madamu Jeannette Kagame mu 2001. Kuva icyo gihe, umaze guhindura ubuzima bw’abaturarwanda mu ngeri nyinshi.

    Nko mu rwego rw’uburezi, abana 60.106 batarengeje imyaka itandatu, bafashijwe guhabwa uburezi buboneye binyuze mu Ngo Mbonezamikurire z’abana bato ziri hirya no hino mu gihugu.

    Ni mu gihe ababyeyi 25.357 bungukiye mu kuba izo ngo zarashyizweho bahabwa imirimo yo kwita kuri abo bana.

    Imbuto Foundation yagize kandi uruhare mu kubaka amashuri mu bice bitandukanye by’igihugu, nk’aho hari atatu yubatswe mu turere twa Gasabo, Gicumbi na Nyarugenge.

    Ku rundi ruhande, abana b’abakobwa 5.113 bahawe ibihembo ku bwo gutsinda neza mu mashuri guhera mu 2005. Abafashijwe kubona amafaranga y’ishuri mu mashuri yisumbuye guhera mu 2002 ni 10.241.

    Mu rwego rw’ubuzima, abana b’abakobwa 3.422 babyaye inda zitateganyijwe, bahawe ubufasha mu bijyanye n’imitekerereze kugira ngo barindwe ihungabana, naho abantu 604.992 bagerwaho n’amahugurwa ajyanye no kuboneza urubyaro.

    Urubyiruko 299.834 rwafashijwe kugera kuri serivisi zo kuboneza urubyaro, kwipimisha Virusi itera Sida n’ibindi.

    Ni mu gihe Abajyanama b’Ubuzima 35.667 bafashijwe kubona ibikoresho by’ibanze byatuma bakora akazi kabo neza n’ibindi.

    Mu bijyanye no kongerera ubushobozi urubyiruko, Imbuto Foundation yafashije ururenga ibihumbi 28 binyuze mu biganiro n’amahuriro y’urubyiruko 39 yigaga ku miyoborere, gukunda igihugu, amahitamo aboneye y’icyo umuntu yakora, uburere mboneragihugu, ubukorerabushake n’ibindi.

    Ni mu gihe kandi miliyoni 290 Frw yahawe urubyiruko mu guteza imbere imishinga yabo binyuze mu kigega cyo kuzahura inganda ndangamuco.

    Koperative 37 zafashijwe kugeza umusaruro wazo ku masoko naho urubyiruko rw’abagore n’abagabo 48 bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bahembwe binyuze muri gahunda ya CYRWA.

    Mu 2001, Madamu Jeannette Kagame yashinze Umuryango PACFA (Protection and Care of Families against HIV/AIDS), wari ugamije by’umwihariko kurwanya icyorezo cya SIDA no kugarurira icyizere ababana n’ubwandu bwa Virusi itera SIDA.

    Uko imyaka yagiye ishira PACFA yashyizeho gahunda nshya irushaho kwaguka. Mu 2007, yahinduye izina yitwa Imbuto Foundation kugira ngo herekanwe uko yagiye itera imbere mu bikorwa n’inzego zitandukanye z’ubuzima, uburezi, kongerera ubumenyi urubyiruko no kwihaza mu bukungu ku miryango itishoboye.

    Madamu Jeannette Kagame ku wa 5 Ukuboza 2018, yari agaragiwe n’abana bo mu bice bitandukanye by’igihugu bafashwa n’Umuryango Imbuto Foundation, ubwo hasozwaga umwiherero wabereye mu Karere ka Nyanza

    source : https://ift.tt/3DVkH82