Abantu 16 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 996. Abitabye Imana ni bagore 8 n’abagabo 8.


source : https://ift.tt/3mgXJSK
Abantu 16 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 996. Abitabye Imana ni bagore 8 n’abagabo 8.


source : https://ift.tt/3mgXJSK
Ibi byatangajwe n’umuyobozi wa Koperative ya ADARWA, Cyatwa Ngarambe, nyuma y’aho ibikoresho bya bamwe mu banyamuryango b’iyi koperative biherutse kwibasirwa n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo ku wa tariki ya 17 Kanama 2021.
Ubwo iyi nkongi yamaraga guhagarikwa ariko yangije ibintu byinshi, bamwe mu bakorera muri aka Gakiriro bagaragaje icyifuzo cy’uko ikibazo cy’inkongi gikumirwa mu buryo burambye.
Umwe yagize ati “Urabona iyi nkongi itewe n’umuntu wai urimo gusudira udushashi dutarukira kuri matela irashya ikongeza n’ibindi, rero icyo twe twifuza ni uko ubuyobozi budufasha matela hano zigakurwamo kuko buri gihe iyo habaye inkongi matela imwe igafatwa ahantu henshi harashya.”
Undi ati “Aha niba ari ahantu ho kubariza cyangwa gusudirira cyangwa kugurishiriza imbaho ku bwanjye numva ari ibyo bikorwa byagakwiye kuhakorerwa, abazaga kuhacururiza matela bagashakirwa ahandi.”
Umuyobozi wa Koperative ADARWA, Cyatwa Ngarambe yatangaje ko hari ingamba zitandukanye zirimo no kubuza abantu kongera kuzana matela muri aka Gakiriro no kubashishikariza kugira kizimyamoto.
Ati “Twavuze ko ibikorwa bijyanye no gusudira bigomba gutandukana n’ibindi. Ubu nta na matela zemewe gucururizwa aha kuko hari abazizanaga bavuga ko ari izo gukoresha intebe nyuma bagatangira kuzihacururiza; bajya bazana za zindi zo gukoresha intebe gusa kuko zo ntizateza inkongi nk’iza metela ziba ziri mu bubiko.”
Yongeyeho ko basabye abafite ‘atelier’ kujya bakuramo ibintu byose bishobora gushya no kuzubakisha ibyuma bikomeye ndetse bagashyiraho umukozi uhoraho ugenzura ko nta dushirira cyangwa umuriro uri hasi.
source : https://ift.tt/3z30c77
Iyi myanzuro yashyizweho n’u Buhinde ishyigikirwa n’ibihugu binyamuryango by’akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku Isi harimo n’u Rwanda mu nama yabaye ku wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021 ku cyicaro cyako i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
U Buhinde nk’igihugu kiyoboye aka kanama muri uku kwezi kwa Kanama bwanyujije ubutumwa kuri Twitter bushimira u Rwanda.
Bwagiraga buti “Turashimira u Rwanda, umuterankunga ukomeye w’ingabo n’abapolisi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro ku Isi, ku bw’umusanzu ukomeye ku kibazo cy’umutekano w’abayabungabunga. Turarushimira kandi ku bwo gushyigikira iyi myanzuro.”
Iyo myanzuro yashyizweho ihamagarira ibihugu byakiriye ingabo zigiye kubungabunga amahoro kwita ku mutekano wazo, bikazirinda ibikorwa by’urugomo bizikorerwa harimo no kuzica, bigafatanya n’ibihugu byazohereje mu gushakisha abakoze ibyo bikorwa, bagatabwa muri yombi ndetse bagahabwa n’ibihano.
Akanama ka Loni gashinzwe umutekano kasabye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, gushyiraho ikoranabuhanga rizafasha mu kumenyekanisha ibitero bigabwa ku ngabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ku Isi, gushyiraho ingengo y’imari igamije gushyiraho iri koranabuhanga no gutanga raporo ku byagezweho mu ishyirwa mu bikorwa by’iyi myanzuro.
Biteganyijwe ko Umuryango w’Abibumbye uzafatanya n’ibihugu byakira ingabo n’abapolisi ndetse n’ibibohereza mu gukumira ibyaha bibakorerwa, kubigenza no kuburanisha ababikoze.
source : https://ift.tt/3j1fSlC
Iri torero ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ryatangiye ku wa 6 Kanama 2021 ryitabirwa n’urubyiruko rwiganjemo uruba mu mahanga, uruvuye ku rugerero, abakozi ba leta b’indashyikirwa, abarimu b’indashyikirwa, abahanzi, ndetse n’urubyiruko rw’abanyeshuri rushoje amashuri yisumbuye rwigaga mu mashuri mpuzamahanga akorera mu Rwanda.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri bahawe amasomo ajyanye n’amateka y’igihugu, indangagaciro z’Abanyarwanda ndetse na kirazira.
Bamwe mu bitabiriye iri torero bavuga ko inyigisho bahawe zizabafasha kubaka ubunyarwanda buhamye no kuzamura iterambere ry’Igihugu.
Umuhango wo gusoza iri torero na wo wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga witabirwa na Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi na Visi Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero, Lt Col Migambi Desire Mungamba.
Minisitiri Mbabazi yasabye uru rubyiruko kwimakaza indangagaciro nyarwanda kandi bakirinda kuba ibigwari ndetse bagaharanira kwanga umugayo.
Ni ku nshuro ya kabiri hatangwa inyigisho zo mu itorero hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda COVID-19.
source : https://ift.tt/3k2LZkc
Uwo musore usanzwe atuye i Nyamirambo, yagonzwe n’ikamyo ubwo yari amanutse yerekeza kuri 40 nk’uko byatangajwe na Rukundo Assouman, wabonye iyo mpanuka iba.
Ati “Yagendaga ku igare rya siporo inyuma ye hari ikamyo ndetse n’imbere hari indi yari iri kuzamuka. Twagiye kumubona agonganye n’ikamyo yazamukaga akubita umutwe hasi bihita birangira.”
“Uko twabibonye ni ikibazo cyabayeho cyo kubura feri y’igare rye, ntitwavuga ngo abashoferi ni bo bari mu makosa kuko yari ageze hafi ya ‘Dos d’Anne’ kandi bisaba ko bagabanya umuvuduko. Kuri njyewe sinavuga ko hari uri mu makosa, ni ibintu byabaye bituguranye.”
Mu gihe kitageze ku mezi abiri hamenyekanye impanuka zabereye i Nyamirambo inshuro eshatu, zaguyemo abantu bane. Zose ni iza sosiyete Horozon Constructions.
Hari iheruka gukorera impanuka ku Ryanyuma yahitanye umushoferi n’umuturage, iyabereye hafi y’Ikigo cy’Ishuri cyahoze cyitwa CIESK mu Rwampara ndetse n’uyu musore.
Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa muri Horizon Constructions, Migisha Samuel, yemeje iby’iyi mpanuka yahitanye uyu musore.
Yavuze ko kuba imodoka zabo zikunze gukora impanuka mu buryo butunguranye nta ruhare rugaragara rwa tekiniki kuko akenshi biba byabaye bidaturutse ku makosa y’imikorere yazo.
source : https://ift.tt/3kbhFnC
Ogunsanya asanzwe azwiho kuba indashyikirwa mu buyobozi kuko no mu 2020 yahawe igihembo cy’umwaka cyiswe ‘Africa Industry Personality of the Year’ ndetse ahabwa n’icy’Umuyobozi w’Umunyafurika mwiza mu bijyanye n’Ubucuruzi ‘African Business Leadership Awards 2020’.
Ibihembo byatanzwe n’iki kinyamakuru byahawe abayobozi batandukanye mu byiciro 12 bitandukanye, aho Ogunsanya ariwe watsindiye igihembo nyamukuru cy’Umuyobozi w’Umunyafurika w’umwaka 2021, akurikirwa n’Umuyobozi wa Standard Bank Group ikorera muri Afurika y’Epfo, Simphiwe Tshabalala.
Umuyobozi wa African Leadership Magazine, Dr Ken Giami, yashimiye abantu bose batsindiye ibi bihembo, avuga ko bigamije kwishimira intambwe imishinga y’ubucuruzi muri Afurika yagezeho mu gihe gikomeye cya Coronavirus cyateje ihungabana mu bukungu.
Yakomeje agira ati “Abayobozi batsinze mu byiciro bitandukanye bagize uruhare rukomeye muri ibi byiza twishimira ni yo mpamvu bakwiriye ishimwe rikomeye.”
Abayobozi batsinze bazashyikirizwa ibihembo byabo by’ishimwe mu nama ya Gatandatu y’ishoramari muri Afurika “Invest in Africa Summit” izaba hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 16 na 17 Nzeri 2021.
Ogunsanya w’imyaka 55 asanzwe ari Umuyobozi wa Airtel yo muri Nigeria kuva mu 2012 ndetse azatangira imirimo yo kuyobora Airtel Africa Group ku itariki 1 Ukwakira 2021.
Ni inzobere mu bijyanye n’icungamutungo, aho amaze imyaka irenga 30 akora imirimo itandukanye mu itumanaho, ubujyanama n’amabanki, ndetse yayoboye ibigo bikomeye nka Coca-Cola yo muri Ghana, iya Kenya ndetse n’iyo muri Nigeria.
Airtel Africa azatangira kuyobora mu mezi abiri ari imbere ni ikigo gikomeye cy’itumanaho gikorera mu bihugu 14 byo muri Afurika harimo n’u Rwanda, cyakomotse kuri Bharti Airtel yo mu Buhinde, ubu gifite abakiliya barenga miliyoni 99 muri Afurika.
source : https://ift.tt/3y4BrWy
Ni ibikorwa yatangije ku mugaragarao kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Kanama 2021. Umujyi wa Kibungo uri mu mijyi ikuze cyane dore ko ari ho habaga Perefegiture ya Kibungo, gusa uri mu mijyi itarigeze ikura nko mu tundi turere kuko akenshi wagiye usubira inyuma.
Ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga i Ngoma mu mwaka wa 2017 yabemereye ibikorwaremezo bitandukanye bigamije kuzamura uyu mujyi.
Mu bikorwaremezo yabemereye byanamaze kuzura harimo stade, hotel nziza iri ku kigero cy’inyenyeri eshatu ndetse n’umuhanda wa kaburimbo ubahuza n’Akarere ka Bugesera ugakomeza mu ka Nyanza imirimo yo kuwubaka nayo irenda gutangira.
Mu rwego rwo gukomeza kuzamura iterambere ry’aka Karere kuri ubu hatangijwe ibikorwa byo kubaka imihanda izenguruka Umujyi wa Kibungo ireshya na kilometero umunani n’igice n’ibindi bine n’igice bigizwe na kaburimbo yoroheje.
Guverineri Gasana yavuze ko iki gikorwa cyo kubaka imihanda ya kaburimbo mu Mujyi wa Kibungo mu Karere ka Ngoma kije mu rwego rwo kuvugurura uyu mujyi no kuzamura akarere.
Ati “Ni umuhanda uzageza mu Ukuboza warangiye, uzafasha mu kuzamura uyu mujyi mu buryo bw’imyubakire ndetse hari n’ibindi bikorwaremezo bigenderwaho birimo amashanyarazi, amazi n’ibindi byinshi biri gukorwa bizafasha mu kwihutisha iterambere.”
Yashimiye Umukuru w’Igihugu wahaye aka karere bimwe mu bikorwaremezo birimo Stade, hotel nziza n’ibindi bikorwaremezo bitandukanye bifasha abaturage mu iterambere bikanazamura aka karere.
Guverineri Gasana yasabye kandi abaturage bo muri uyu mujyi gufata neza ibikorwaremezo bari kugezwaho ngo kuko bizabafasha mu guhindura ubuzima bwabo.
Ati “Icyo bivuze ku baturage rero ni uko ahantu hose hageze ibikorwaremezo byihutisha iterambere, ari ibintu biza ku isoko birimo ibikomoka ku buhinzi, ari ibintu by’ubucuruzi, ari n’imigenderanire kuva mu mirenge ubwo hagiyemo kaburimbo turabona bigiye kwihuta cyane.”
Yasabye abaturage kubiha agaciro bagafata neza ibikorwaremezo bari kubakirwa bakumva ko ari ibyabo bakirinda kubyonona no kubyangiza, yavuze ko kandi ibikorwa byo kubaka uyu muhanda bizatanga akazi ku rubyiruko rwinshi n’abandi baturage bikabafasha mu iterambere.
Nyiramana Béatrice utuye mu Mudugudu wa Kabeza mu Kagari ka Karenge mu Murenge wa Kibungo avuga ko imihanda ya kaburimbo iri kubakwa muri uyu mujyi niyuzura izabafasha mu kwihutisha iterambere, yavuze ko akenshi bahuraga n’ikibazo cy’ivumbi ryinshi mu gihe cy’izuba, urwondo rwinshi mu gihe cy’imvura ariko ngo nibamara gushyiramo kaburimbo bizabafasha.
Iyi mihanda ya kaburimbo iri kubakwa na China Road and Bridge Corporation ikazuzura mu gihe cy’amezi icumi, iri kubakwa ku bufatanye bw’Akarere ka Ngoma n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi, RTDA.
source : https://ift.tt/2W1m7gJ
Iyi modoka yari ivuye mu Karere ka Musanze igiye i Rubavu irimo umushoferi witwa Habimana Jean Paul na mugenzi we bakorana yahiye igeze ahazwi nko kuri Caribana.
Habimana yavuze ko yarimo agenda akumva ikintu gituritse mu modoka ye yumva n’abantu bavuza induru bamubwira ko iri gushya.
Yagize ati “Nagendaga ngeze ahahoze polisi ni ho numvise akantu kavuga mu modoka gasa nk’agaturitse, kuko nari ndi kugenda bisanzwe abantu ku ruhande baba barambwiye ngo iri gushya mba ndasimbutse.”
“Kubera ubwoba nsohotse niruka ariko nza nyirukaho urugi rufunguye iri kujya ahari izindi nyirukaho ndayiyobya, abantu bayishyize hasi barebe ko bayizimya.”
Yakomeje avuga ko yari yarakoresheje Controle Technique atazi ikibazo cyaba kibaye ku modoka ye.
Umushoferi na mugenzi we bari mu modoka bavuyemo amahoro ariko imodoka yose yahiye n’ubwo babashije kuzimya ariko igice kinini cyahiye.
source : https://ift.tt/2WcrmJV
Aba Banyarwanda bashyikirijwe Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rw’u Rwanda, ishami rikorera ku Mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Kanama 2021.
Aba baturage barimo abagabo 20, abagore bane n’abana babiri, bakigera mu Rwanda bahise bahabwa ubufasha bw’ibanze, bapimwa Covid-19.
Mu bipimo by’abantu 16 byafashwe habonetsemo 12 bagaragaweho ubwandu bw’iki cyorezo bahita bajyanwa mu kigo cyagenewe gushyirwamo abarwaye Covid-19, mu gihe abandi nabo barabanza gushyirwa mu kato mbere yo kujyanwa mu miryango.
Abatanze ubuhamya bw’ibyababayeho muri Uganda kuva bafatwa bagaragaje ko bari bafungiye muri Gereza ya Matinda iherereye i Mbarara aho bagiye bakorerwa ibikorwa by’iyicarubozo.
Kuva uyu mwaka wa 2021 watangira, ku Mupaka wa Kagitumba hamaze kugezwa Abanyarwanda inshuro zirindwi, nyuma y’igihe bafungiye muri Uganda. Muri bo kandi haba harimo abagore, abagabo n’abana bakiri mu mashuri.
Abakiriwe n’u Rwanda muri izo nshuro barenga 70 barimo n’abana bigaga mu mashuri yisumbuye cyo kimwe n’abagore batandukanyijwe n’abagabo babo bakaza kongera guhurira ku mupaka bose bari bafunzwe nta n’umwe uz’iby’undi.
Hashize imyaka ikabakaba itanu Abanyarwanda batuye muri Uganda bakunze kwibasirwa n’inzego zishinzwe umutekano muri icyo gihugu, basabwa kwifatanya n’imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, babyanga bagafungwa bitwa intasi, abagize amahirwe bakajugunywa ku mupaka ari intere.
Kuva mu mwaka wa 2017, Abanyarwanda bakorera ibikorwa binyuranye muri Uganda batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa kwitwa intasi, hari abasabwa kuyoboka umutwe wa RNC kugira ngo barekurwe, abanze bakagirirwa nabi.
U Rwanda rwakunze gusaba Uganda kureka ibyo bikorwa rukanayereka gihamya ariko iki gihugu ntikibikozwe kugeza mu ntangiriro za 2019 ubwo rwasabaga Abanyarwanda kwirinda kujya muri iki gihugu kubera kwanga ko bahohoterwa.
Mu 2019 ibihugu byombi byasinye amasezerano yo guhosha ubwo bugizi bwa nabi ariko uruhande rwa Uganda rusa n’urwinangiye kubahiriza ibyo rusabwa.
source : https://ift.tt/3B18XiD
Ni urubanza ruzasigara mu mitwe ya bamwe bitewe n’ibyaruvugiwemo nka ya magambo ya Sankara ati “N’inyoni zo mu biti zanshinja’, Rusesabagina yirahira akirenga avuga ko atari ‘Umunyarwanda’ ahubwo ari ‘Umubiligi, impfubyi ya Loni’ n’andi.
Nubwo hari abazarwibukira kuri ibyo, urwibutso ruratandukanye ku bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa MRDC-FLN Rusesabagina yayoboraga, Nsabimana Callixte ari umuvugizi n’abandi.
Izo nzirakarengane izitaravukijwe ubuzima, zasigiwe ubumuga ku buryo imibereho yabo yahindutse, batakibasha kwibeshaho nk’uko byavuzwe mu maburanisha atandukanye yabaye mu minsi ishize.
Hari abajya babigarukaho ko impano ikomeye Imana yahaye umuntu ari ubuzima, ubuvukijwe cyangwa bugahungabanywa, nta ndishyi ikwiriye wabona umwishyura.
Abantu 83 mu bihumbi by’abagizweho ingaruka z’ako kanya n’ibikorwa by’iterabwoba bya Rusesabagina, ni bo bitabaje urukiko mu rubanza rwa Rusesabagina, basaba indishyi z’ingaruka batewe n’ibyo bikorwa.
Uteranyije indishyi bishyuza Rusesabagina na bagenzi be 20 bari muri uru rubanza, zisaga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.
Mu barimo kuregera indishyi harimo Me. Ndutiye Yusufu uregera indishyi zifite agaciro ka miliyoni 40 Frw, nyuma y’uko imodoka ye yangijwe ubwo yafatirwaga n’abarwanyi ba FLN mu ishyamba rya Nyungwe, mu gitero cyanapfiriyemo abantu.
Undi uri mu baregera indishyi ni Nsengiyumva Vincent, na we wari Umuyobozi w’Umurenge wa Nyabimata uri mu Karere ka Nyaruguru, akaba ari kuregera indishyi zifite agaciro ka miliyoni 75 Frw.
Ku itariki 16 Gashyantare uyu mwaka, ubwo harimo hasomwa imyirondoro y’abaregwa muri uru rubanza rwa Rusesabagina na bagenzi, ntabwo imitungo y’abaregwa yagarutsweho cyane, uretse ko byatangajwe ko Nsabimana Callixte afite umutungo wa telefoni eshatu mu gihe abandi nta mutungo bari bafite uzwi. Umutungo wa Rusesabagina wo ntiwatangajwe ariko hari amakuru y’uko afite imitungo irimo inzu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’i Burayi.
Indishyi zizaboneka gute nta mitungo?
Tariki 22 Nyakanga ubwo urubanza rwari rutarapfundikirwa, Nsabimana Jean Damascène alias Motari ushinjwa gukorana n’inyeshyamba za FLN ubwo zinjiraga mu gihugu, yararahiye arirenga avuga ko nta mutungo n’umwe afite wavamo indishyi asabwa, ngo keretse bemeye ko azajya abahingira, bakamubarira bubyizi.
Mukandutiye Angelina wari ushinzwe ubukangurambaga muri FLN, yavuze ko imitungo ye yose yabaga i Kigali yatejwe cyamunara mu 2006, kubera ibyaha bya Jenoside yahamijwe n’Inkiko Gacaca, kuri we gutanga imibyizi byamugora dore ko ageze mu myaka 70.
Mu gihe urubanza rugeze mu mahina, ikiri kwibazwa ni uko bizagenda mu gihe byagaragara ko abaregwa nta bushobozi bafite bwo kwishyura indishyi zasabwe mu rukiko, mu gihe rwaba rwemeje ko abazisabye bazikwiriye.
Me Ndutiye, yasobanuye ko indishyi atari ikiguzi cy’ibyo umuntu yatakaje, ahubwo ari uburyo bwo gutanga ubutabera ku muntu wagizweho ingaruka n’icyaha, kuko hagiye kurebwa agaciro rusange k’ingaruka zagizwe n’icyaha, bidashoboka ko uregerwa indishyi yabona icyo yishyura.
Yagize ati “Hari abababuze abafasha, abana babo, hari abacitse amaguru, ababuze akazi n’ibindi. Kuba wabona icyo wamuha [cyasimbura agaciro k’icyo yatakaje] biragoye, ariko agize icyo abona yaregeye, hari ukuntu byamurema agatima ho gato.”
Uyu munyamategeko yavuze ko yaregeye indishyi za miliyoni 40 Frw, hakubiyemo n’agaciro k’ibyo imodoka yamufashaga gukora, ati “Kuba imodoka hari icyo yari imariye, byatumye nkoresha ubundi buryo kugira nkore ibyo nakayikoresheje.”
Yasobanuye kandi ko nk’abagizweho ingaruka n’ibikorwa by’iterabwoba, basabye ko urubanza rw’aba barwanyi bose ruhuzwa kugira ngo rwihute, na cyane ko abaregwa bari bahuje dosiye, bityo byari byoroshye ko babarizwa hamwe.
Uku guhuriza hamwe abaregwa bifite izindi nyungu kuko bizatuma mu gihe abaregera indishyi bazemererwa, abaregwa bazazitangira hamwe, ibishobora kongera amahirwe y’uko indishyi zaregewe zaboneka kuko mu gihe umwe mu baregwa afite umutungo, ushobora gukoreshwa no mu mwanya w’utawufite.
Me Ndutiye yagize ati “Ubundi iyo uregera indishyi ku bantu benshi baregerwa ikintu kimwe, kandi abaregwa baregerwa hamwe, usaba ko bazafatanya kwishyura. Icyo bivuze ni uko muri abo benshi baregwa, [bikagaragara ko badafite ubushobozi bwo kwishyura], iyo urukiko rwemeje indishyi [bikagaragara ko harimo umwe muri bo wishoboye] ategekwa kwishyura za ndishyi [zose, harimo n’iz’abadafite ubushobozi bwo kuziyishyurira].”
Gusa mu gihe byagaragara ko abaregwa badafite ubushobozi, amategeko yo mu Rwanda ateganya ko hategerezwa igihe bazabubonera bakabona kwishyura.
Hari ibihugu bifite amategeko avuga ko iyo uregera indishyi atishyuwe n’uregwa kubera ubushobozi buke, Leta y’icyo gihugu ishobora kumwishyura mu mwanya w’uregwa, gusa mu Rwanda si ko bimeze.
Bite by’imitungo y’abaregwa iri mu mahanga?
Bikekwa ko Rusesabagina afite imitungo mu mahanga, aho bivugwa ko afite inzu mu Bubiligi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Me Ndutiye yavuze ko mu gihe Urukiko rwakwemeza ko abarega bakwiye indishyi, bazahera kuri icyo cyemezo ubundi bagasuzuma uburyo ubutabera bw’u Rwanda bwakoresha icyemezo cy’Urukiko, bugakorana n’ibihugu birimo imitungo y’abaregwa kugira ngo hashakwe uburyo yavanwamo indishyi.
Umunyamategeko Me Gatete Ruhumuliza, yavuze ko bishoboka ko imitungo y’umunyabyaha iri hanze y’igihugu yakoreyemo icyaha ishobora gukoreshwa mu kwishyura indishyi zemejwe n’urukiko.
Yagize ati “Ntabwo bibujijwe kuko ibyemezo by’urukiko bishobora kujya gushyirwa mu bikorwa mu bihugu ushaka ku Isi. Iyo wakoze icyaha ukaba warakatiwe n’urukiko binyuze mu mategeko, ibyemezo by’urukiko bashobora kubishyira mu bikorwa mu bihugu byose. Abaregeye indishyi bazafata icyemezo cy’urukiko, babijyanye mu bihugu birimo imitungo ya Rusesabagina.”
Ubwo Rusesabagina yafatwaga ndetse no mu gihe yarimo kuburana, inzego zitandukanye mu bihugu birimo u Bwongereza, u Bubiligi, Ubumwe bw’u Burayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’indi miryango myinshi, byamaganye ifatwa n’ifungwa rya Rusesabagina, bikavuga ko akwiye kurekurwa mu buryo bwihuse.
Ibyo bihugu byamaganye ifungwa rya Rusesabagina, birimo ibikekwaho kuba birimo imitungo ya Rusesabagina, nk’u Bubiligi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ruhumuliza yavuze ko ubusanzwe ubutabera ari urwego rwigenga, bityo ko mu gihe bwakora inshingano zabwo neza, bushobora gushyira mu bikorwa icyemezo cy’inkiko z’u Rwanda, ati “Ruriya rubanza ni intakemwa mu buryo bwakozwe.”
Yasobanuye ko mu gihe abaregwa bifuza kuregera indishyi ziri mu bindi bihugu, bashaka abanyamategeko bemerewe gukora muri ibyo bihugu, ubundi “Bagafata icyemezo cy’urukiko bakagiha umuhesha w’inkiko, akajya guteza cyamunara iyo mitungo.”
Icyakora ibintu bishobora guhinduka mu gihe nk’abagize umuryango w’abaregerwa indishyi batanga ikirego basaba ko umuhesha w’inkiko atateza cyamunara imitungo yabo, icyo gihe icyakurikiraho cyaba ari ukongera kujya mu rukiko.
Uyu munyamategeko yavuze ko ‘impungenge z’uko ubutabera bw’ibihugu Rusesabagina afitemo imitungo bushobora kubangamirwa n’inyungu za politiki’ zifite ishingiro, ati “Na mbere hose bari baranze kugira icyo bamutwara kandi bazi ibikorwa bye [byo gushyigikira iterabwoba].”
Icyakora uyu munyamategeko unakurikiranira hafi ibya politiki, yavuze ko u Rwanda rufite byinshi ruhuriyeho n’ibihugu birimo Amerika n’u Bubiligi, ku buryo bidafite inyungu mu gusenya umubano w’impande zombi kubera inyungu z’umuntu wahamijwe ibyaha n’inkiko z’u Rwanda.
Rusesabagina akurikiranweho ibyaha icyenda byose bifitane isano no guhungabanya umutekano w’u Rwanda, birimo kurema umutwe w’ingabo utemewe, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba no kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba.









source : https://ift.tt/37VjCPn