Tag: featured

  • Icyo Ambasaderi w’u Bwongereza atekereza ku ifungurwa rya BBC, urubanza rwa Rusesabagina n’ibindi – #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Daair wasimbuye Joanne Lomas, ni umugabo ufite inararibonye mu bya politiki mpuzamahanga, aho amaze imyaka 20 muri ako kazi, ndetse si mushya muri Afurika kuko yakoze mu bihugu nka Misiri, Sudani ndetse Se umubyara akaba afite inkomoko muri Tanzania.

    Daair umaze ukwezi mu Rwanda, amaze kugira ishusho ngari ku isura y’u Rwanda kuko yatembereye muri Pariki y’Akagera, ndetse yanamaze kwerekana amarangamutima ye ku muziki w’u Rwanda, aho yavuze ko Album nshya ya Rita Kagaju, ‘Sweet Thunder’, iri kubica bigacika mu bikoresho bimufasha kwidagadura iwe.

    Uyu mugabo yavuze ko azi byinshi ku Rwanda, nk’igihugu cyihuta mu iterambere, ndetse gifite ubuyobozi bufite intego, ashimangira ko intego ye ‘ari ugukomeza kubaka umubano mwiza binyuze mu guteza inzego zirimo uburezi, guhanga imirimo, kongera ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi ndetse no guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe’.

    Rusesabagina ntiyaba agatotsi hagati y’umubano w’u Bwongereza n’u Rwanda

    Nyuma y’ifatwa n’izanwa mu Rwanda rya Paul Rusesabagina, bamwe mu badepite b’u Bwongereza bavuze ko uburyo uyu mugabo yafashwemo butubahirije amategeko mpuzamahanga, ndetse basaba ko adakwiye kuburanishwa ahubwo akwiye kurekurwa.

    Ni mu gihe nyamara ibitero by’iterabwoba byakozwe n’umutwe wa FLN wari Ishami rya gisirikare ry’Impuzamashyirahamwe MRCD yari ikuriwe na Rusesabagina, byatumye ibihugu birimo u Bwongereza biburira abaturage babyo bashoboraga gukorera ingendo mu gice cy’Amajyepfo ashyira Iburengerazuba bw’u Rwanda, ari na cyo gice ibi bitero byabereyemo.

    Ambasaderi Daair yavuze ko imibanire hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda ihagaze neza, ku buryo urubanza rumwe rutatuma ibintu byose bihinduka, gusa ashimangira ko buri muntu wese, utari Rusesabagina gusa, akwiye guhabwa ubutabera bwuzuye imbere y’amategeko.

    Yagize ati “Ikintu cy’ingenzi kuri twe, ni uko buri muntu wese, bitari umuntu runaka gusa, abona ubutabera bwuzuye igihe ari imbere y’amategeko. Ikintu cy’ingenzi ni uburyo urubanza rugenda, hagakurikizwa amategeko mu buryo bwuzuye. Sinavuga ku mwanzuro w’urubanza, ntekereza ko biri mu maboko y’urukiko.”

    Uyu mugabo kandi yavuze ko adatekereza ko urubanza rumwe rushobora guhungabanya umubano mwiza usanzwe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.

    Ati “Sintekereza ko urubanza rumwe rwahindura imibanire y’ibihugu by’inshuti. Gusa nanone [uru rubanza] ni urugero rwiza rw’uko dushobora kuba inshuti, ariko tukanagira ibyo tutumvikanaho, iyo ibihugu bifitanye umubano mwiza, bishobora kubwizanya ukuri no [kutumvikana ku bintu bimwe na bimwe], ariko icy’ingenzi ni uko ubufatanye bukomeza.”

    Amaherezo y’abakekwaho Jenoside bacyihishe mu Bwongereza

    Mu mpapuro zirenga 1.100 zatanzwe n’u Rwanda mu bihugu bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bacyihishe mu mahanga, eshanu muri zo zatanzwe mu Bwongereza kuva mu 2007.

    Izo mpapuro zigenewe abarimo, Celestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel, Celestin Mutabaruka na Vincent Bajinya.

    Mu 2008, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatsinze urubanza rwari rugamije kugarura aba bagabo mu Rwanda, ariko inkiko zo mu Bwongereza ziza kwemeza ko batagomba koherezwa mu Rwanda mu 2009, nyuma yo kwanzura ku bujurire bwari bwatanzwe n’aba bagabo.

    Mu 2017, Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza rwemeje ko hari ibimenyetso simusiga byerekana ko aba bagabo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ko batazoherezwa mu Rwanda kuko ‘byaba ari ukubangamira uburenganzira bwabo’.

    Yagize ati “Numva neza uburemere bw’iki kibazo, Leta yambwiye neza uburemere gifite ndetse n’abantu ku giti cyabo barabimbwiye, rero ndumva uburemere bwabyo. Gusa iki ni ikibazo kiri mu butabera, uburyo urwego rw’ubutabera bukora mu Bwongereza, ntabwo bwemera ko inzego za politiki zinjira mu mikorere y’inkiko. Ntabwo byatanga umusaruro mwiza mu gihe byagaragara ko Leta iri kwivanga mu mikirize y’urubanza…ndabyumva ko byatinze, ariko [inzira z’ubutabera] zitwara igihe kirekire.”

    Nta cyizere cyo gufungura Ishami ry’Ikinyarwanda rya BBC mu bihe bya vuba

    Mu 2015, Leta y’u Rwanda yafunze Ishami ry’Ikinyarwanda ry’Ikigo cy’Itangazamakuru cy’u Bwongereza, BBC. Icyo gihe Leta yashinjaga icyo kigo kunyuzaho filime yiswe ‘Untold Story’, ikubiyemo amakuru ahakana akanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Ambasaderi Daair yagaragaje uruhare rwa BBC muri Afurika, ati “Mbabajwe n’uko bikimeze gutya [BBC igifunzwe], ntekereza ko BBC yagize uruhare rwiza muri Afurika, nk’ubu umubyeyi wanjye yakoresheje BBC nka bumwe mu buryo bwo kwihugura mu rurimi rw’Icyongereza, kandi ntekereza ko n’abandi bantu bayibyaje umusaruro mu kwiga Icyongereza no kumenya amakuru.”

    Uyu muyobozi ariko nta cyizere yatanze ku gihe iri Shami rishobora kuzafungurirwa, ati “Sinari mpari muri 2015 ngo nkurikirane iki kibazo, ariko ntekereza ko BBC igifite agaciro, nizeye ko dushobora kuzongera [kuyumva mu Kinyarwanda] hano [mu Rwanda]. Ntacyo navuga kuri iyi ngingo aka kanya ariko ndizera ko tuzakomeza kuganira kuri iki kibazo.”

    Uyu muyobozi kandi yijeje ko imyiteguro y’Inama y’Ibihugu biri mu Muryango wa Commonwealth ikomeje kugenda neza, kandi ko ‘hari icyizere cy’uko izaba mu mwaka utaha’ bitewe n’ibikorwa byo gukingira biri kuba hirya no hino ku Isi.

    Uyu mugabo yavuze ko u Bwongereza bwiyemeje kuzatanga inkingo ‘miliyoni 100 bitarenze Kamena umwaka utaha, kandi miliyoni 80 zikazashyirwa muri gahunda ya Covax igamije gusaranganya inkingo, ku buryo u Rwanda n’ibindi bihugu bizayungukiramo.

    Ambasaderi mushya w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair, yavuze afite intego yo guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, binyuze mu guteza imbere uburezi, ubucuruzi n’ibindi bikorwa by’iterambere

    source : https://ift.tt/3giSYEC

  • #COVID19: Mu Rwanda abantu 18 bitabye Imana, abarembye ni 42 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 16 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 996. Abitabye Imana ni bagore 8 n’abagabo 8.

    source : https://ift.tt/3kdixYZ

  • Abakorera mu Gakiriro ka Gisozi biyemeje guca burundu inkongi z’imiriro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Impamvu ihurizwaho na benshi yagiye itera inkongi zibasira Agakiriro ka Gisozi kuva mu myaka itatu ishize, ni umuriro w’amashanyarazi bavuga ko udacungwa neza.

    Agakiriro ka Gisozi kagizwe n’amashyirahamwe manini (amakoperative) y’abacuruzi agera kuri atanu, ari yo ADARWA, APARWA, COPCOM, Umukindo hamwe n’Isoko rya Duhahirane.

    Mu mwaka wa 2019 Koperative ya APARWA iri hakurya y’umuhanda haruguru ya ADARWA (ahahiye ku wa kabiri w’iki cyumweru), yadutswemo n’inkongi y’umuriro inshuro zirenga eshatu, ariko izangije byinshi cyane zikaba ari izo ku itariki 03 na 29 Kamena 2019.

    Uwitwa Nzasenga Alfred wari ufite imashini zibaza hamwe n’imbaho bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 17 bikaza gukongokera mu nkongi yo ku itariki 29 Kamena 2019, yahise atangaza ko asubiye ku isuka iwe i Musambira mu Karere ka Kamonyi.

    Kuri uyu wa Kane tariki 19 Kanama 2021 ubwo Kigali Today yasuraga agakiriro ka Gisozi, yasanze Nzasenga Alfred atarigeze agaruka nk’uko yabivugaga.

    Hari na bagenzi be bahombejwe n’inkongi yibasiye inzu za Uwera Jean Pierre, Kimenyi Innocent na Emmanuel Zunguruka zacururizwagamo imbaho, ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji (quincaillerie), imifariso yari yaragenewe gukora intebe ndetse n’ibiribwa.

    Izo nzu zahiriyemo imitungo y’abaturage yari ifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 80 nk’uko twabitangarijwe n’Ubuyobozi bw’Umudugudu icyo gihe.

    Umwe muri abo baturage twumvise yitwa Daphrose (nta yandi mazina ye yifuje gutangaza), avuga ko yahombye ibicuruzwa bifite agaciro k’arenga miliyoni 29 mu nkongi zabereye mu Gakiriro ka Gisozi hamwe n’aka Kimironko.

    Daphrose agira ati “Ndibuka bya bindi byanjye nyine, igihombo nagize, nta kindi usibye kwiyakira, gusa nyine ni buhoro buhoro, hari ibyo wikuraho kugira ngo umwana abone ibyo arya ubuzima bukomeze”.

    Daphrose warimo yegerenya uduce tw’imifariso two gukora intebe, ari muri bake bahombye ibintu ariko barabifatiye ubwishingizi, icyakora kuri ubu akaba agitegereje ko Sosiyete SONARWA yamushumbusha.

    Asa n’uwafashe ingamba zikomeye, kuko iyo mifariso isigaye ibikwa ukwayo, imbaho na zo zigashyirwa ukwazo, ku buryo hagize igishya kitakongeza ikindi.

    Inyubako zo muri APARWA zaravuguruwe ku buryo zose ubu ari ibyuma gusa, ibintu bigiye birunze mu buryo buhanye intera kandi bitavangavanze.

    Insinga z’amashanyarazi hamwe n’ibyuma biyageza aho babariza byaravuguruwe hashyirwa ibikiri bishya, ndetse nta n’ubwo zandagaye aho buri wese abona ngo abe yazikubaganya.

    Byagabanyije impamvu zateza inkongi y’umuriro, ndetse kuri ubu hagiye gushira imyaka ibiri nta mpanuka habe n’iyoroheje ibaye muri APARWA.

    Twaganiriye n’Umuyobozi wa APARWA, Umutoni Immaculée akomeza agira ati “Insinga zose ubu ziri mu butaka, urebye hano hejuru nta rutsinga wabona kuko bizamuka bihita byinjira mu mashini, twazanye amazi (twakwifashisha mu kuzimya) hamwe na kizimyamoto, ariko hari n’umucanga ubwawo ni kizimyamoto, abantu barimo gufata ubwishingizi n’ubwo tubutanga bwose 100%”.

    Umutoni avuga ko Koperative APARWA igizwe n’ibibanza(ateliers) bigera ku 1,190 ndetse n’abanyamuryango barenze uwo mubare, muri 2019 yahombejwe n’inkongi z’imiriro amafaranga arenga miliyari ebyiri.

    ADARWA igiye gufata ingamba nk’iza APARWA

    Hakurya ya APARWA muri ADARWA aho batewe n’inkongi ikangiza ibibanza umunani byarimo ibikoresho n’ibicuruzwa by’imbaho n’imifariso(matelas) bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda hafi miliyoni 350, na ho bafashe ingamba.

    Twagirayezu Thaddée ukuriye Koperative ya ADARWA akaba anayobora abikorera bose mu Murenge wa Gisozi, avuga ko hari impamvu ebyiri z’ingenzi ziri ku isonga mu gutwika Agakiriro.

    Ati “Hano hakorerwa byinshi bijyanye n’amashanyarazi, hakanakorera abantu rimwe na rimwe batazi ibyayo kuko dutoza abana baza barize imyuga, impamvu ya kabiri ikaba iy’uko buri muntu afite amashanyarazi ye(installation), yizaniye umutekenisiye we arayamukorera, ubu rero twafashe ingamba zo gukora ‘installation’ imwe”.

    Iyi ni gahunda avuga ko izaba yagezweho mu gihe kiratarenze amezi atatu, n’ubwo bazabanza kuba bafunguye amashanyarazi nk’uko byari bisanzwe(kuko ubu batarimo gukora).

    Twagirayezu avuga ko uretse kugira ahantu hamwe hacungirwa amashanyarazi akoreshwa na buri Koperative, bagomba no kugira za kizimyamoto muri buri ‘atélier’, amazi n’umucanga ndetse no gutoza abakoreramo bose gufata ubwishingizi.

    Ubwo Agakiriro kangizwaga cyane n’inkongi muri 2019, ishyirahamwe ry’Abishingizi mu Rwanda (ASSAR) ryavugaga ko mu mitungo y’Abaturarwanda bose(GDP) yari ifite agaciro ka miliyari ibihumbi bibiri (tiriyari ebyiri), iyari yarafatiwe ubwishingizi itarengaga 2%.

    Uretse APARWA na ADARWA zafashwe n’inkongi z’umuriro inshuro zirenze imwe, isoko rya Duhahirane hamwe n’umuturirwa wa ADARWA ubwawo, byigeze gufatwa n’inkongi z’imiriro mu bice byaho bimwe na bimwe, biturutse kuri Gaz batekesha mu gikoni.

    source : https://ift.tt/3gjUOFk

  • Jacques Tuyisenge arakora ubukwe kuri uyu wa Gatandatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo Jacques Tuyisenge n
    Ubwo Jacques Tuyisenge n’umukunzi we basezeranaga imbere y’amategeko

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021, Jacques Tuyisenge arasaba ndetse anakwe umukunzi we baheruka gusezerana imbere y’amategeko.

    Ubukwe nyirizina, ni ukuvuga gusezerana mu rusengero ndetse no kwakira abatumirwa bizaba ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, ibyo birori bikazabera mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

    Tuyisenge yasezeranye n’umukunzi we imbere y’amategeko ku itariki 19 Gashyantare 2021, amakuru akaba yavugaga ko bari guhita bakora ubukwe bukeye bwaho ku wa Gatandatu, ariko iyo gahunda iza gusubikwa kubera icyorezo cya Covid-19.

    source : https://ift.tt/37WImGG

  • Zambia: Perezida mushya Hakainde Hichilema yahoze aragira inka (Byinshi ku buzima bwe) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hakaide Hichilema, Perezida mushya wa Zambia
    Hakaide Hichilema, Perezida mushya wa Zambia

    We yivugira ko ari umuntu usanzwe, wahoze aragira inka ‘cattle boy’, ariko akaza kugira amahirwe. Ayo mahirwe ngo ni yo yifuza kugeza ku bana ba Zambia kugira ngo bagere kure kurusha aho we ageze, cyane ko anabarirwa mu baherwe.

    Mu 2016, Hichilema yiyamamarije kuyobora Zambia, ariko aratsindwa, aho yari afite amajwi 100.000 gusa, mu gihe uwo bari bahanganye Edgar Lungu yari afite amajwi agera kuri Miliyoni.

    Hichilema ubu ufite imyaka 59 y’amavuko, kuri iyi nshuro yatsinze Edgar Lungu bari bahanganye mu matora. Gusa amwizeza ko nta kibazo azagira ndetse adakwiye guhagarika umutima.

    Hichilema si mushya muri Politiki ya Zambia, we ubwe yivugira ko ayirambyemo ndetse akaba amaze gufungwa inshuro 15 kuva yakwinjira muri Politiki.

    Nka Perezida mushya wa Zambia, Hichilema ngo agiye guhangana n’ikibazo cy’ubukungu bw’igihugu buhagaze nabi, kuko ku butegetsi bwa Lungu asimbuye, kimwe cya kabiri cy’abaturage ba Zambia bari munsi y’umurongo w’ubukene, kandi ibyo byari bimeze bityo na mbere y’uko icyorezo cya Covid-19 kigera muri icyo gihugu.

    Mu ijambo yavuze nyuma yo gutorerwa kuyobora Zambia, Perezida Hichilema yagize ati “Dufite inshingano ikomeye yo kungera kuzamura ubukungu bwacu kugeza ku rwego mwifuza. Ni urugendo rukomeye ruzaba rurimo kuzamuka no kumanuka, ariko ndizera ko nidukorana imbaraga n’ishyaka, tuzashobora kubageza ku buzima bwiza”.

    Hichilema ubu uyoboye Zambia nka Perezida mushya, ni umwe mu bantu ba mbere bakize cyane muri icyo gihugu, ariko ngo yabigezeho abikesheje gukora cyane.

    Aganira n’Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa ‘AFP’ yagize ati “Ndi umuhungu waragiraga inka… ni rwo rukundo rwo mu bwana, ndi umuturage usanzwe, ndi umunyafurika usanzwe.

    Mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage ba Zambia nka Perezida mushya tariki 16 Kanama 2021, Perezida Hichilema, ubundi bita ‘HH’ (inyuguti zitangira amazina ye), yibukije uko yajyaga ajya ku ishuri atagira inkweto zo kwambara.

    Yongeraho ati”Nabonye amahirwe, turashaka ko ayo mahirwe agera no ku bana bacu, bakazavamo abantu bakomeye no kurusha HH”.

    Hichilema ngo avuka mu muryanyo ukennye, mu Majyepfo ya Zambia, muri ‘District’ ya Monze, ariko umuhate we wamuhesheje kubona ‘buruse’ ajya kwiga muri Kaminuza ya Zambia.

    Aho muri Kaminuza ya Zambia yahavanye impamyabushobozi ya ‘A0’ mu bijyanye n’ubukungu ‘Economics and business administration’ nyuma aza no gukomeza amashuri ye, abona impamyabushobozi ya ‘MBA’ yakuye muri Kaminuza ya Birmingham mu Bwongereza.

    Nk’uko bitangazwa n’ishyaka rye, Hichilema ku myaka 26 gusa y’amavuko, yari Umuyobozi mukuru ‘CEO’, w’ishami rya Sosiyete Mpuzamahanga y’icungamari muri Zambia.

    Ni uko ngo yatangiye kuzamuka, aza no kugera ku rwego rwo kuba mu bakire ba mbere mu Zambia, kubera ko yakoraga ishoramari mu bice bitandukanye, iby’ubuzima, iby’ubukerarugendo n’ibindi.

    Bamwe mu bakurikira ibya Politiki ya Zambia, bavuga ko intsinzi ya Hichilema mu matora aheruka, ayikesha kwiyegereza urubyiruko n’abaturage borohoje, nawe ngo wasangaga yiyoroheje , akambara imyenda adodesha mu batayeri basanzwe, ubundi akambara amakoboyi n’ibindi.

    Mu ijambo yagejeje ku baturage tariki 16 Kanama 2021, yavuze ko manda ye nirangira azava ku butegetsi mu mahoro.

    Yagize ati” Ndashaka kwizeza abaturage ba Zambia hakiri kare ko, igihe cyacu cyo kuva ku butegetsi nikigera, tuzagenda neza mu mahoro”.

    Perezida Hichilema ngo ni umukirisitu, akomoka mu bwoko bwitwa ‘Tonga’ akaba ari Umugabo wubatse, afite umugore n’abana batatu.


    source : https://ift.tt/3D4AUaT

  • Mc Brian yatanze mituweli ku baturage 250 i Nyagatare – #rwanda #RwOT

    Ni mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Uburasizuba. Kiri mu byo asanzwe by’urukundo akunze kwita ‘Giving Back to the Community’. Ni igikorwa cya gatanu bakoze mu myaka itanu ishize.

    Murekatete Juliet, Visi Meya Ushinzwe Imirebereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare, yavuze ko ubwisungane mu kwivuza bwatanzwe na Mc Brian n’inshuti ze bugiye gufasha aba baturage bwahawe.

    Ubu bwisungane bufite agaciro k’ibihumbi 750 Frw.

    Ati “Ubu ntimugire ngo mwakoze ku gikorwa kimwe cyo kwivuza gusa. Ndangira ngo mbasobanurire ibikorwa birimo uko bingana. Bakoze ku buzima bwose. Umunyeshuri uri hano murimo murabona ko harimo abanyeshuri bambaye impuzamnkano, ubu ntabwo ashobora kurwara ngo areke kwivuza, niyivuza azajya no kwiga akurikirane amasomo neza. Ubwo mudufashije guhangana n’abana bata ishuri.”

    Murekatete yavuze ko abahawe mituweli batoranyijwe n’inzego zibishinzwe bagendeye ku baturage batari bagatanze ubwisungane mu kwivuza.

    Mc Brian aganira na IGIHE, yavuze ko ari umusanzu yatanze ari inshingano nk’umuturage ushaka ko igihugu cye gitera imbere.

    Ati “Ni ibikorwa nkora, kugira ngo nshimire Igihugu cyanjye amahirwe kimpa mu mwunga wanjye wo kuba MC. Kuko ibyiza ngeraho mbona ntabundi buryo nashimira Igihugu cyanjye uretse gutanga umusanzu wo gufasha abababaye.”

    Mu 2017, Mc Brian afatanyije n’inshuti be basangiye n’abana bo ku muhanda bashishikariza gusubira mu ishuri no mu miryango. Mu 2019, iri tsinda ryatanze ihene ku miryango yo mu karere ka Bugesera.

    Mu gihe cya Guma mu Rugo mu 2020, Mc Brian n’inshuti ze batanze ibiribwa ku miryango 10 itishoboye.

    Mc Brian yayoboye ibirori by’imikino ya Shampiyona Nyafurika ya Basketball (BAL) yabereye muri Kigali Arena, Tour du Rwanda inshuro eshatu n’andi marushanwa ategurwa na Ferwacy.

    Uyu musore yayoboye kandi Kigali Marathon, imikino yose ya Basketball yo mu Rwanda shampiyona n’andi marushanwa ya Basketball, imikino myinshi igiye itandukanye, ibitaramo bigiye bitandukanye harimo ibya Meddy, The Ben, Riderman, ubukangurambaga bwa Leta butandukanye n’ibindi.

    Aba baturage ni bamwe mu bari bataragira amahirwe yo kubona ubwisungane mu kwivuza

    Iki gikorwa abantu bakurikizaga amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

    Imiryango 43 niyo yahawe ubu bufasha

    Mc Brian yiyemeje gukora ibikorwa nk’ibi ashaka kwitura ineza igihugu kubera amahirwe agenda abona mu buzima bwe

    Murekatete Juliet, Visi Meya Ushinzwe Imirebereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare yashimiye ubufasha MC Brian na bagenzi be bahaye abaturage

    Nyuma y iki gikorwa abantu bacinye akadiho

    MC Brian amaze igihe kinini akora akazi k’ubushyushyarugamba

    source : https://ift.tt/3y0ACya

  • Senateri Havugimana wavuze ko abiyahura bakwiye kunywa uburozi aho gusimbuka étage yasabye imbabazi – #rwanda #RwOT

    Ibi Senateri yabitangaje mu butumwa yashyize kuri Twitter ku wa 18 Kanama 2021, nyuma y’uko hamenyekanye inkuru y’ Umukarani wagerageje kwiyahura ku nyubako y’isoko ry’Inkundamahoro iherereye i Nyabugogo.

    Kimwe n’abandi Banyarwanda benshi, Senateri Havugimana abinyujije kuri Twitter yagize icyo avuga kuri uku kwiyahura, gusa abantu baza kugaragaza ko ibyo yavuze bidakwiye.

    Muri ubu butumwa yamaze gusiba yavuze ko abubaka inzu bajya bashyiraho utwuma tureture tuzwi nka grillage, kugira ngo bikumire abifashisha inyubako biyahura.

    Senateri Havugimana yavuze ko abagiye kwiyahura bajya bakoresha ubundi buryo.

    Ubu butumwa ntibwakiriwe neza n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje ko iyi mvugo ihutaza abafite ikibazo mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, bityo ikaba idakwiye ku muyobozi uri mu rwego nk’urwe.

    Uwitwa Gedeon yagize ati “Nyakubahwa mu byubahiro byanyu, kugira abantu inama yo kwiyahura bakoresheje ubundi buryo ntibikwiye, ntibikwiye kuvugwa na Senateri. Imbaraga zikwiye gushyirwa mu gukemura ibibazo bituma biyahura, mushyireho uburyo bwo kuganiriza abantu nk’igisubizo kimwe muri byinshi.”

    Nyuma yo kubona ko ibyo yavuze bitakiriwe neza, Senateri Havugima yakomeje gusobanura ibyo yavuze agira ati “Imyubakire y’imiturirwa yahindurwa kugira ngo ntikoreshwe mu buryo bwo kwiyahura. Nko guhera kuri etaje ya gatatu ntibashyireho urubaraza! Naho kwiyahura byo bizahoraho!”

    Yakomeje avuga ko imvugo ye itagamije kwigisha abantu kwiyahura ko ahubwo byahozeho no kuva kera.

    Ati “Mwanyumvise nabi rwose! Kwiyahura byahozeho kuva kera kandi ntibizashira. Ariko uburyo abantu biyahura byo umuntu yagira icyo abikoraho. Ntawe nigishije uko biyahura. Uretse ko n’ibitabo bibivuga byanditswe kuva kera. Ndashaka ko abantu bareka gukoresha imiturirwa biyahura.”

    “Ni ingaruka z’amateka mabi igihugu cyanyuzemo. Ahubwo ubushakashatsi bwagaragaje ko nk’ingaruka za jenoside zo ababyeyi bazisigira ababakomokaho! Abantu bakomeza bakigisha bakaganiriza abahungabanye kurusha abandi.”

    Imyubakire y’imiturirwa yahindurwa kugira ngo ntikoreshwe mu buryo bwo kwiyahura. Nko guhera kuri etaje ya gatatu ntibashyireho urubaraza! Naho kwiyahura byo bizahoraho!

    — Emmanuel Havugimana (@manuhavuga) August 19, 2021

    Mwanyumvise nabi rwose! Kwiyahura byahozeho kuva kera kandi ntibizashira. Ariko uburyo abantu biyahura byo umuntu yagira icyo abikoraho. Ntawe nigishije uko biyahura. Uretse ko n’ibitabo bibivuga byanditswe kuva kera. Ndashaka ko abantu bareka gukoresha imiturirwa biyahura

    — Emmanuel Havugimana (@manuhavuga) August 19, 2021

    Ibi bisobanuro bya Senateri Havugimana byabaye nko kumena lisansi mu muriro, maze abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeza kumwereka ko ibyo ari kuvuga bidakwiye kandi ko bidatanga igisubizo ku kibazo cy’umubare munini w’abantu bakomeje kwiyahura.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Kanama 2021, Senateri Havugimana abinyujije kuri Twitter yasabye imbabazi avuga ko iki kibazo cyo kwiyahura yagifashe mu buryo budakwiye.

    Ati “Ndasaba imbabazi kubera ubutumwa nanditse kuri Twitter. Ndemera ko iki kibazo cyo kwiyahura n’ubuzima bwo mu mutwe muri rusange gikwiye kwitabwaho, inzego zose bireba zikakiganiraho. Ngiye gufata umwanya wo kurushaho kubisobanukirwa. Nsabye imbabazi ku uburyo nafashe iki kibazo.”

    Ndasaba imbabazi kubera ubutumwa nanditse kuri twitter. Ndemera ko iki kibazo cyo kwiyahura n’ubuzima bwo mu mutwe muri rusange gikwiye kwitabwaho, inzego zose bireba zikakiganiraho. Ngiye gufata umwanya wo kurushaho kubisobanukirwa.Nsabye imbabazi ku uburyo nafashe iki kibazo.

    — Emmanuel Havugimana (@manuhavuga) August 19, 2021

    Uku gusaba imbabazi kwakiriwe neza ndetse abenshi bamwereka ko bamubabariye, ndetse ko bibaho ko umuntu yavuga ikintu atumva uburemere bwacyo neza.

    Bwana Senateri, gusaba imbabazi abanyarwanda nk’umuyobozi wo kurwego uriho nibyiza numara gusobanukirwa no gusoma byinshi ku mpamvu zituma abantu biyaka ubuzima muzafashe yaba muri Sena no mu nteko gutangiza ibiganiro byafasha leta mu kubona uko imibare ya biyahura yagabanuka.

    — Robert Cyubahiro McKenna (@RobCyubahiro) August 19, 2021

    Thx Sir,n’ibisanzwe kwibeshya mugukora reaction kubintu runaka muburyo buhabanye nuko byagakozwe ntagikuba cyacitse.gira amahoro atangwa n’imana yi Rwanda.

    — Habineza Potien (@HPotien) August 19, 2021

    Inzobere zivuga ko iyo habayeho kwiyahura, ababitangaza bakwiriye kwitondera cyane imvugo bakoresha kuko bititondewe na byo bishobora gutera ikibazo, bikaba intandaro yo gushishikariza abandi kwiyahura (suicide contagion).

    Bavuga ko atari byiza kuveba uwiyahuye cyangwa se kubisigiriza kuko bishobora gutuma abandi babitekereza bumva ko ari ibisanzwe cyangwa se ko ari uburyo bwiza bwabafasha gukira akababaro bafite.

    Kuvuga kuri iyi ngingo mu ruhame, inzobere zivuga ko ari byiza kubigaragaza nk’ikibazo cy’ubuzima aho kubifata nk’icyaha cyangwa byacitse.

    Senateri Emmanuel Havugimana yasabye imbabazi kubera imvugo yakoresheje ku biyahura

    source : https://ift.tt/3gfnX4v

  • Gasabo: Umukobwa yafashwe akekwaho gucuruza urumogi, umunsi umwe mbere y’uko asezerana – #rwanda #RwOT

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, ni bwo uyu yatawe muri yombi.

    Byari biteganyijwe ko asezerana imbere y’amategeko kuri uyu wa Kane tariki ya19 Kamena 2021, n’umusore biteguraga kurushinga.

    Uyu musore bateganyaga gusezerana yabwiye itangazamakuru ko yababajwe cyane n’itabwa muri yombi rye, aboneraho gusaba inzego zibishinzwe kumufasha bakarekura umukunzi we bagashyingiranwa.

    Ati “Ndasaba Polisi ko yambabarira ikampa umugeni wanjye bafatanye urumogi tugasezerana.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali, Ndanga Patrice, yatangaje ko aho uyu mukobwa yafatiwe ari na ho yari atuye.

    Ati “ Ni byo hari umukobwa baraye bafatanye urumogi kandi yagombaga gusezerana uyu munsi ku wa Kane hano ku Murenge wa Jali; yafatiwe mu Kagari ka Gateko kandi ni na ho yari atuye gusa sinzi niba yari asanzwe abigurisha kuko abacuruzi b’ibiyobyabwenge bagira amayeri menshi.”

    Yaboneyeho gushishikariza abaturage kwirinda gucuruza ibiyobyabwenge kuko bitemewe ndetse ingaruka zabyo ziba zikomeye.

    Ati “Icyo nasaba abaturage ni ukwirinda gukora ibintu binyuranyije n’amategeko kuko itegeko rirahari rihana umuntu wese ucuruza ibiyobyabwenge, abaturage bakwiye kubyirinda kuko ingaruka zabyo ni nyinshi haba kuri we cyane ko by’umwihariko yari agiye kubaka urugo rwe ubwo ahemukiye uwo bari bagiye kurushingana n’umuryango we kubera kujya mu biyobyabwenge.”

    Uyu mukobwa nyuma yo gutabwa muri yombi yahise avuga n’undi mugore bakora akazi kamwe ko kugurisha urumogi bose bajya gufungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Gatsata.

    Ingingo ya 263 y’itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Umukobwa wafashwe akekwaho gucuruza urumogi mu gihe haburaga umunsi umwe ngo asezerane imbere y’amategeko

    Umugore bivugwa ko yakoranaga n’uwo mukobwa wari ufite ubukwe na we yahise atabwa muri yombi

    source : https://ift.tt/3mfT6IF

  • Karasira yongeye gusabirwa gufungwa iminsi 30 y’agateganyo – #rwanda #RwOT

    Karasira yari yarasabiwe gufungwa iminsi 30 n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, ariko aza kuvuga ko atemeranya n’umwanzuro w’Urukiko bityo ahitamo kujurira.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, nibwo uyu mugabo yongeye kugaragara imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge yajuririyemo, ariko agaragaraza imbogamizi z’uko yumva atameze neza, bityo asaba ko urubanza rwimurirwa ikindi gihe.

    Inteko y’Iburanisha yasabye ubushinjacyaha kugira icyo bubivugaho, butangaza ko bwiteguye kuburana na cyane ko amakuru y’uko Karasira arwaye atari asanzwe azwi.

    Inteko yanzuye ko urubanza rwimurirwa kuwa Mbere tariki ya 23 Kanama ariko Karasira abaza inteko iburasnisha impamvu ishyize urubanza rwe hafi kandi yababwiye ko yumva atameze neza.

    Umucamanza yamusubije ko imanza z’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo zigomba gucibwa vuba bishoboka, kugira ngo urubanza rutangire mu mizi.

    Karasira yahise avuga ko “Ibibi birutana”, asaba Urukiko ko rwamwemerera agakomeza kuburana uyu munsi aho kugira ngo azaburane ku wa Mbere, Urukiko rumusubiza ko nta kibazo mu gihe yumva afite ubushobozi bwo gukomeza, maze ubwo itariki nshya y’urubanza ntiyemezwa, ahubwo uruhande rwa Karasira rusabwa gutanga impamvu z’ubujurire bwarwo.

    Me Gatera Gashabana uri mu banyamategeko babiri bunganira Karasira, yavuze ko impamvu bajuriye ari uko bifuza ko Karasira Aimable arekurwa kuko asanzwe afite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe, nk’uko byagaragajwe na Muganga w’Inzobere mu burwayi bwo mu mutwe, Dr. Murekatete Chantal, bityo akemererwa gukomeza kuburana ari hanze kugira ngo akomeze kwivuza mu buryo bworoshye.

    Karasira kandi yabwiye Urukiko ko muri Gereza afatwa nabi ndetse ko yigeze gukubitwa n’abacungagereza, Urukiko ruhita rusaba Ubushinjacyaha kugira icyo rubivugaho.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyavuzwe na Karasira bidakwiye guhabwa agaciro kuko nta bimenyetso bifatika yerekanye byemeza ko iryo hohoterwa avuga ko yakorewe ryabayeho.

    Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Karasira gufungwa iminsi 30, Inteko Iburanisha ivuga ko izatangaza umwanzuro ku itariki ya 26 Kanama uyu mwaka, saa munani z’amanywa.

    Karasira uri kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga ari muri Gereza Nkuru ya Nyarugenge iri i Mageragere, akurikiranweho ibyaha birimo guhakana no guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gukurura amacakubiri no kudasobanura inkomoko y’umutungo.

    Karasira Aimable yongeye gusabirwa gufungwa iminsi 30

    source : https://ift.tt/3z0zyvq

  • Abatangaza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga zirimo ‘Twitter’ bahagurukiwe, aba mbere batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Uwo mugabo amaze gufatwa, uwitwa ‘Chris Adams’ kuri Twitter, yanditse ubutumwa buvuga ngo ‘Muri iki gitondo hari mugenzi wanjye wafashwe amaze kugura agapfukamunwa, ari kukambara nuko umupolisi aramufata amujyana muri Stade.”

    Yakomeje agira ati “Nuko bageze kuri stade abajije umupolisi impamvu amurenganyije, uwo mupolisi ati ‘Hari igihe ubyuka nabi ugahura n’umuntu nkawe ukamutura ibibazo wakuye mu rugo. Ihangane!”

    Chris Adams mu butumwa bwe kandi yibajije niba bikwiye ko ibibazo byo hanze y’akazi bizizwa abaturage. Arangije amenyesha inzego zirimo Polisi y’Igihugu n’Umuvugizi w’uru rwego, CP John Bosco Kabera.

    Hadaciye kabiri ariko, ku mugoroba wo kuri uyu wa 18 Kanama 2021, Polisi y’Igihugu yaje kwandika kuri Twitter ko “Yafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.”

    Yakomeje igira iti “Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda.”

    Polisi y’Igihugu yahitse itangaza ko abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga.

    Mwiriwe,

    Twafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.

    Tuributsa abaturarwanda bose ko ari icyaha gihanirwa n’amategeko gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse tubasaba kubyirinda…. pic.twitter.com/tH8OqqCqpy

    — Rwanda National Police (@Rwandapolice) August 18, 2021

    Aba bombi umwe akurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 no gufatanya na mugenzi we mu gutangaza ibihugu mu gihe undi akurikiranweho gutangaza ibihuha nk’uko biteganywa n’Ingingo ya 39 y’Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

    Uwo yise mugenzi we, ni Se

    Ubutumwa bw’uyu Chris Adams [izina akoresha kuri Twitter] ari we Kwizera Adams bwashyizwe ku rukuta rwe tariki 16 Kanama 2021, saa 2:18.

    Nk’uko yari yamenyesheje inzego zirimo Polisi y’Igihugu, abakozi bayo bahise batangira iperereza ngo bamenye neza umuzi w’ikibazo ndetse gishakirwe umuti niba koko umukozi wayo yahohoteye umuturage abihanirwe kandi n’uwo muturage arenganurwe.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko mu iperereza ryakozwe, byaje gutahurwa ko Nsabimana Alphonse wari wafashwe na Polisi akajyanwa muri Stade ya Kicukiro atari mugenzi wa Chris Adams [Kwizera Adams, amazina ye y’ukuri] ahubwo ari umubyeyi we.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bakimara kubona ayo makuru bihutiye gukora iperereza ngo barenganure uwo muturage ariko nyuma baza gusanga harabayemo ibinyoma n’amanyanga akabije.

    Ati “Icya mbere uvuze ko urenganye kandi si byo, icya kabiri uvuze ko uwafashwe yari arimo guhindura agapfukamunwa agira ate [..] kandi ntako yari afite, icya gatatu uvuze ko uwafashwe ari mugenzi wawe, urumva ni uruhurirane rw’ibintu byinshi.”

    Yakomeje agira ati “Ibintu by’aho umuntu ahagarara ari ikantarange akakubeshya, ugapfa kwandika ibintu utahagazeho, utarebye, menya ko bishobora no kuguteza ibibazo kuko amategeko arahari.”

    Bimaze kuba umuco…

    Muri Nyakanga 2021, umwarimu yari arimo kugenzura ikorwa ry’ibizamini mu Ntara y’Amajyaruguru, aza guhamagarwa na mugenzi we wari uri mu Ruhango, amubwira ko arenganyijwe n’abapolisi.

    Uwo uri i Musanze yagiye kuri twitter arandika ati ‘Kanaka, polisi iramuhagaritse imwaka ruswa, iramurenganya bikomeye’. Polisi yaje gukora igenzura irabatahura bose ndetse n’uwo wavuze ko yatswe ruswa bigaragara ko yabeshyaga.

    Urundi rugero ni urw’uwari aha mu Biryogo ya Nyamirambo muri Kigali, Polisi ifata abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, mu Mujyi wa Rubavu, uyu wo mu Biryogo ajya kuri Twitter ati ‘abafashwe barenganyijwe bari bavuye gutabara n’ibindi’.

    Polisi yaje gukurikirana isanga wa muntu wanditse kuri Twitter atabariza abafashwe akanavuga ko bavuye gushyingura, ari ibinyoma kuko uwo nyakwigendera hari hashize igihe yitabye Imana.

    Itegeko rivuga ko ‘Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.’

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’atari munsi ya miliyoni 1Frw ariko atarenze miliyoni 3Frw.

    CP Kabera avuga ko akenshi iyo bigeze mu gukurikirana ibi byaha, usanga bamwe bihakana bagenzi babo bikarangira uwabitangaje akurikiranywe wenyine, undi akavuga ko ibyo yanditse atigeze abimubwira.

    Polisi y’u Rwanda yibutsa ko ari ingenzi kuba abantu bakwiye kujya babanza kugenzura bakamenya niba ibyo bagiye gutangaza bitanyuranyije n’amategeko.

    Abakwirakwiza ibihuha ku mbuga nkoranyambaga batangiye gutabwa muri yombi

    source : https://ift.tt/2XzTd7z