


source : https://ift.tt/3kackNo



source : https://ift.tt/3kackNo
Amb. Joseph Habineza wabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo yitabye Imana azaize uburwayi yari amaranye iminsi.
Inkuru y’urupfi rwa Habineza Joseph yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021.
Uyu mugabo akaba yaguye i Nairobi muri Kenya aho yari yaragiye kwivuza, ni nyuma kuva kwivuza muri Nigeria.
Habineza Joseph yitabye Imana afite imyaka 57, asize umugore n’abana 4, abahungu batatu n’umukobwa umwe, akaba ari abana b’impanga aho yabyaye impanga inshuro 2.
Tariki ya 13 Kanama 2021 yari yizihije isabukuru y’imyaka 33 amaranye n’umugore we barushinze.
Joseph Habineza yakoreye uruganda rwa Heineken i Kinshasa 1994-1998, ndetse aza no kuba umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Heineken muri Nigeria mu 1998-2000.
Muri Nzeri 2004-Gashyantare 2011 yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, mu 2011- 2014 agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria.
Muri Nyakanga 2014 yaje kongera kugirwa Minisitiri wa Siporo ariko ntiyatizeho kuko muri Gashyantare 2015 yaje gusimbuzwa Uwacu Julienne.
Mu mpera za 2019 yahise afungura uruganda rukora amakaroni yitiriye izina rye, aho zitwaga ‘Pasta Joe.
Muri 2019 yagize Muyobozi Mukuru w’ikigo gishya Radiant Yacu Ltd.
Source : http://isimbi.rw/andi-makuru/article/amb-habineza-joseph-yitabye-imana

Yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, mu kiganiro Ubumva Ute cyatambutse kuri KT Radio kibanze ku buzima bwa Mwarimu.
Uwambaje yavuze ko koperative Umwalimu Sacco yashinzwe hagamijwe kuzamura imibereho ya mwarimu ahanini binyuze mu guhabwa inguzanyo zibateza imbere.
Yatangiye abarimu bishyira hamwe bahuza imbaraga umwarimu akatwa 5% ku mushahara we, uko amafaranga yagiye yiyongera ni ko ingano n’ubwoko bw’inguzanyo bugenda buhinduka bitewe n’amafaranga yabonetse.
Ati “Tugitangira ntabwo twarenzaga inguzanyo y’imyaka ibiri cyangwa ugasanga ntidushobora kurenza 500,000 bitewe n’ingano y’amafaranga yari ahari abarimu bamaze kwizigamira 5%. Uko banki yagiye ikura, twavuye ku myaka ibiri tugenda tugira itatu, itanu. Tuva ku nguzanyo ku mushahara, tujya ku isanzwe, ubu dutanga ijyanye no gukora imishinga, ubu tugeze aho dushobora gutanga inguzanyo y’imyaka 10.”
Avuga ko Umwalimu Sacco igitangira, umyamuryango yatangaga amafaranga 10,000 na yo yatangwaga mu byiciro bitanu, hakiyongerago 5% ava ku mushahara nk’ubwizigame (Depot), bigera kuri miliyari eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda.
Uyu munsi Umwalimu Sacco umaze kugera ku bwizigame bwa Miliyari 45,900 frs, inguzanyo ziri mu banyamuryango zikaba zimaze kugera kuri miliyari 76 n’inyungu ya miliyari 53.
Umuyobozi mukuru wa Koperative Umwalimu Sacco avuga ko abanyamuryango badashobora kugabana inyungu kuko byatuma banki ihomba bityo icyo yashyiriweho kikaba kirangiye.
Yagize ati “Icya mbere mbanza kubakuramo impungenge, ntibagomba kumva ko amafaranga bungukiye mu Mwalimu Sacco hari indi mifuka y’abantu ajyamo, aguma muri koperative yabo kandi ni nayo akomeza kwifashishwa mu kubakemurira ibibazo.”
Akomeza agira ati “Iyo mvuze ngo uyu munsi dufite inguzanyo za Miliyari 76 mu gihe ubwizigame ari Miliyari 45, rwa rwunguko rujya mu mutungo bwite rumaze kuba Miliyari 53, ni rwo ruvamo ya mafaranga aza kunganira ubwizigame (Depot) yabaye makeya kugira ngo duhaze uburyo basaba za nguzanyo.”
Avuga ko amabwiriza ya BNR ndetse na Koperative avuga ko kugira ngo koperative ikomeze gukora ari uko abanyamuryango batagabana inyungu zabonetse ngo bayarye kuko byatuma ifunga imiryango.
Yongeraho ko ahubwo 40% y’inyungu aguma muri koperative na ho 60% haganirwa icyo yakora kugira ngo koperative ikomeze gutera imbere.
Ikindi ngo abanyamuryango ba koperative Umwarimu Sacco bahisemo ko yakomeza kuguma muri koperative kugira ngo ikomeze gutera imbere kuko inguzanyo zakwa zikiri hejuru ugereranyije n’ubushobozi bwayo.
Uwambaje avuga ko baramutse banagabanye urwunguko rumaze kuboneka ayo buri wese yabona ntacyo yamumarira kuko nibura ku banyamuryango basaga 98,000 buri wese yabona 23,000 ku mwaka mu gihe baba bungutse Miliyari esheshatu mu mwaka.

source : https://ift.tt/3gdQnf9
Aba bombi bashukaga abaturage bababwira ko hari umushinga wabatumye kwandika abana ngo uzabafashe kwiga, umubyeyi kugira ngo bamwandikire umwana mu bazafashwa n’uwo mushinga yagombaga kubanza kwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi Bitanu.
Bafatiwe mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Gatumba, Akagari ka Rusumo, Umudugudu wa Mukaragata.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Yagize ati” Bariya bantu bashukaga bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Bwira na Gatumba yo mu Karere ka Ngororero. Kugira ngo abo babyeyi babyizere, bariya bacyekwaho ubwambuzi babwiraga ababyeyi ko hari umuyobozi w’ikigo cy’amashuri abanza cyo mu Murenge wa Bwira bafatanije kwandika abo bana. Bamwe mu babyeyi bahamagaye umuyobozi w’iryo shuri barabimubaza nawe amaze kumva ko hari abantu bagenda bamwiyitirira bakora ibyaha, ashaka nimero za telefoni z’abo bantu aziha Polisi itangira kubashakisha.”
CIP Karekezi yakomeje avuga ko Polisi yahamagaye abo bantu bacyekwaho kwambura abaturage, tariki ya 18 Kanama 2021 baje kubageraho babasanga mu Murenge wa Gatumba.
Abo baturage bamaze gufatwa barabyemeye bemera no kuzasubiza abo babyeyi amafaranga yabo.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yongeye kwibutsa abaturage ko ubwambuzi bushukana ndetse no kwiyitirira urwego udakorera ari ibyaha, uwo urukiko rubihamije abihanirwa hakurikijwe amategeko.
Yibukije abaturage ko bagomba kwitondera ababashuka kuko abafatanyabikorwa ba Leta bagira inzira banyuramo zizwi.
Ati “ Icyo tumenyesha abaturage ni uko iyo hari umufatanyabikorwa uje mu Rwanda anyura mu nzego z’ubuyobozi ndetse izo nzego zikamenya abakeneye gufashwa kurusha abandi.Bariya ibyo bakoze ni ubwambuzi bushukana kandi biyitiriye inzego badakorera.”
Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gatumba kugira ngo hakorwe iperereza.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).
Ingingo ya 281 ivuga ko Umuntu wese wiyitirira urwego rw’umwuga wemewe n’ubutegetsi, impamyabushobozi, impamyabumenyi zitangwa n’urwego rubifitiye ububasha cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa bashyizweho n’urwego rubitiye ububasha, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’ukwezi kumwe (1) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
source : https://ift.tt/3B27Z5H
Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no kubaka ubushobozi mu Bumwe Nyarwanda bw’Abafite Ubumuga, Mukarusine Claudine, yabwiye Newtimes ko bacye mu bafite ubumuga ari bo bamaze kugerwaho n’inkingo za Covid-19.
Yagize ati “Ibi biterwa n’uko bamwe baba bari mu ngo badashobora kugera ku bigo nderabuzima cyangwa ahandi hatangirwa inkingo, ariko bamwe barabisobanuriwe ko batari mu cyiciro cy’imyaka y’abaturage bagenewe inkingo.”
“Benshi bafite ibibazo by’ubuzima bishobora gutuma bandura kimwe n’abandi bose. Hamwe n’abafatanyabikorwa bacu, tuzakomeza kubakorera ubuvugizi kugira ngo babone inkingo.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga, Emmanuel Ndayisaba, yavuze ko bari gukora ibishoboka kugira ngo abafite ubumuga bakingirwe byihutirwa.
Ati “Mbere inkingo zari nke ariko ubu ziri kugenda ziboneka. Twemeranyijwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima ko zizahabwa buri muntu mu bafite ubumuga uhereye ku myaka 15 kandi tuzagerageza kubasanga mu ngo zabo bakingirwe.”
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuvuzi rusange, Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko abafite ubumuga bari mu cyiciro cy’abafite intege nke bakwiye guherwaho mu ikingira.
Ati “Twatangiye gukingira urugo ku rundi, muri ubwo buryo n’ingo zabo tuzazigeraho. Iyi gahunda yatangiriye i Kigali ariko turateganya kuyikomeza no mu bindi bice by’igihugu.”
Nubura mu Rwanda habarurwa abafite ubumuga basaga ibihumbi 400 bafite kuva ku myaka itanu kuzamura.
source : https://ift.tt/3D2NCH7
Ubuyobozi bw’Inkundamahoro bukajije umutekano nyuma y’aho ku wa Gatatu tariki ya 18 kanama 2021, umukarani agerageje kwiyahura asimbukiye mu igorofa ya mbere y’iyi nyubako Imana igakinga ukuboko.
Zimwe mu ngamba ubu buyobozi bwafashe zirimo kongera umubare w’abasekirite bose banahabwa ibyombo kugira ngo bajye bahana amakuru vuba vuba igihe babonye umuntu ushaka kwiyahura.
Ubuyobozi bw’Inkundamahoro bwanabujije abantu bose bakorera muri iri soko n’abajya kurihahiramo kwegera ibyuma byashyizwe ku rubaraza rwo kuri buri gorofa ku buryo uri kurenga kuri ayo mabwiriza ari guhita acibwa amande.
Basabye kandi polisi ko yajya yohereza abapolisi bake babafasha.
Hanashyizweho ba mutwarasibo muri buri tsinda ry’abacuruzi bahabwa imyenda itukura bakaba bashinzwe kujya babuza abantu kwegera ibi byuma bizwi nka ‘garde-fous’.
Umuyobozi w’Isoko ry’Inkundamahoro, Niyonshuti Rwamo Emile yabwiye IGIHE ko bakajije ingamba z’umutekano kugira ngo birinde ko hari undi muntu wakongera kuhiyamburira ubuzima.
Ati “Ubu twafashe izindi ngamba zo gukaza umutekano kugira ngo hatazongera kwiyahurira umuntu, ubu tuzajya dukora ubugenzuzi buhoraho kandi ubu nta n’umuntu wemerewe guhagarara ku mabaraza kuri ibi byuma biri ku mpande z’iyi nyubako kandi birarebwa n’ushinzwe umutekano na ba mutwarasibo.”
Yongeyeho ko bongereye umubare w’abasekirite n’uwabakorerabushake ku buryo ubu bafite abagera kuri 60 kugira ngo barusheho kugenzura umutekano wo muri iyi nyubako.
Umukecuru w’Umutwarasibo muri iri soko ry’inkundamahoro unarikoramo witwa,Uwihirwe Clementine yagize ati “ Twabyishimiye cyane kuko natwe byari bimaze kuturenga. Kuba ubuyobozi bwabujije abantu kujya bahagarara kuri biriya byuma bareba hasi ni byiza kuko bizatuma nta uza kongera kuza kuhiyahurira.”
Abakorera muri iri soko bavuze ko bishimiye izi ngamba zashyizweho mu gukumira abantu baza kwiyahurira muri iyi nyubako. Mu bihe bitandukanye, kuri iyi nyubako hagiye humvikana abantu bahiyahuriye.
source : https://ift.tt/3zgg0Di
Ibintu byari byashyushye i Moscow, ari nako bimeze i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, aho abakunzi ba ruhago bari bateranye bishyuye amafaranga yabo make, ngo bakurikirane imyitwarire ya Misiri, imwe mu makipe mbarwa yari ahagarariye Umugabane wa Afurika.
Abaturage badakunda umupira w’amaguru bari biriwe bahinga dore ko aka gace gatuwe cyane n’abakora ubuhinzi cyane ubw’ingano n’ibirayi; bo bari baguye agacuho basinziriye.
Muri ayo masaha ashyira saa mbili z’umugoroba ku isaha ya Kigali, mu Ishyamba rya Nyungwe mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda, inyeshyamba z’Umutwe w’Iterabwoba wa MRCD/FLN zari zirekereje, zitegereje akanya gusa ngo zigabe igitero cy’iterabwoba mu baturage ba Nyabimata.
Nsengiyumva Vincent ni we wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata. Umunsi wari wiriwe neza, akazi ari ibisanzwe uretse ko yagasoje ahagana saa moya n’igice z’umugoroba, nyuma y’amasaha menshi ari mu nama yakoranye n’ikipe yari yaturutse ku karere, isuzuma aho imihigo igeze.
Ubwo yari arangije inama n’intumwa zo ku karere, yakije imodoka ye yikoza gato mu gasantere ka Nyabimata ngo arebe uko umutekano wifashe, akomeze ajye mu rugo kuruhuka dore ko yagombaga kuzindukira i Kibeho mu yindi nama.
Ku gasantere ka Nyabimata koko yasanze ibintu bishyushye, abenshi bakurikiranye umupira wahuzaga u Burusiya na Misiri. Ni umupira warangiye u Burusiya bwihagazeho nka ya nkoko iri iwabo ishonda umukara, ipfunyikira Misiri ibitego bitatu kuri kimwe.
Gitifu Nsengiyumva wari umaranye umwaka n’abaturage ba Nyabimata, muri ako gasantere yahamaze akanya gato areba umupira, akomereza mu rugo kuwureberayo kuko yari ananiwe.
Mu kiganiro na IGIHE, Nsengiyumva yavuze ko agatotsi kaje kumufata akajya kuryama, akangurwa na telefone y’umuturage wamuhamagaye ari nabwo inzira y’umusaraba y’iryo joro ribi mu buzima bwe yatangiraga.
Ati “Mu gihe nari nsinziriye naje kumva telefone isonnye, ndayitaba. Ni umugabo nari nzi yitwaga Aloys wacururizaga ku gasantere , arambwira ati ‘hari abantu bari gukubita abaturage ariko bari kuvuga ngo ni abasirikare’. Ndamubaza nti ‘ese abo bantu uri kubabona?’ Arambwira ati ‘nanjye ndi mu cyumba ntabwo ndi kubabona’.Nti ‘ese ni abasirikare cyangwa ni abandi bantu?’ Arambwira ati ‘bari gukubita abaturage ngo baze kukwerekana, ni wowe bashaka’.”
Nsengiyumva amaze kuvugana na Aloys, birumvikana nk’undi muntu wese yarikanze ariko yiyemeza kubyuka akajya kureba ibibaye muri uwo murenge utari usanzwemo umutekano muke.
Ati “Namaze kubyuka nkiri mu cyumba, numva amasasu aravuze, ndavuga nti umenya habaye ikibazo. Mu gihe nari nkifashe urufunguzo rw’imodoka, numva imirindi myinshi y’abantu biruka ari benshi.”
Itara ryo mu ruganiriro ryari rizimije ariko iryo hanze riri kwaka. Nsengiyumva yegereye urugi, mbere yo gukingura akuraho irido ngo arebe ba nyir’iyo mirindi iteye ubwoba yumvise, asanga ni abantu benshi bafite imbunda.
Ati “Nakuyeho irido mpita mbona abantu benshi cyane bahagira, imbunda zabo ari nyinshi wagira ngo ni imirizo y’imbeba. Kubera ko mu nzu itara ryari rizimije haka iryo hanze, ryaramuritse bo barambona, kurekura rya rido birananira.”
Batangiye kumuvunderezaho ibitutsi, bamubwira ko ako gace kafashwe atakiri umuyobozi.
Ati “Byari ibitutsi nyandagazi, ibitutsi byo kwerekana ko byarangiye kuri njye .”
N’ubwoba bwinshi, yigiriye inama yo kujya guca ku rugi rwo mu gikari kuko yumvaga bari buhagere yaharenze, asanga naho hari abandi bamutegereje.
Ati “Buriya no gupfa, bishoboka ko umuntu apfa mbere y’uko ubuzima bugenda. Ibitekerezo byahise bigenda, ibyo ni byo mperuka, ubwo bandasaga mu mutwe nkagwa.”
Yaketse ko yagambaniwe
Haciye umwanya Nsengiyumva aryamye hasi mu ruganiriro, yarashwe mu mutwe ariko we atabizi. Yagaruye ubwenge amatwi atumva neza ariko akumva hari ibintu bimuri hejuru bihonda.
Yatangiye gukururuka gake gake, ajya mu cyumba aryama hasi. Impamvu atumvaga ko yarashwe, amaraso yari agishyushye. Amaze guhora, yatangiye kumva ko hari icyabaye kuko hari ingingo zimwe zatangiye kwanga gukora.
Ati “Njya gukura akaboko mu mutwe ngo ngahindure nshyireho akandi, ni bwo nagiye kumva ndyamye mu bintu bimeze nk’ibyondo. Akaboko kanga kuva ku mutwe, nkakuyeho numva nkoze ku bintu ntazi ibyo aribyo, ni bwo natangiye kubabara.”
Mu rugo rwa Gitifu Nsengiyumva yabanaga na Mulindangabo Callixte wari umukozi we. Amaze kuraswa ari ku gitanda, ni bwo Mulindangabo yamugezeho, amubwira ko abarasaga bagiye ariko undi ntamwizere agira ngo aje kumuhorahoza.
Ati “Nahise numva abantu bose bangambaniye, nkatekereza abaturage twirirwanye, abo twirirwa dukorera, nkibaza abo baturage bose banteraniye kandi ntawe nagiriye nabi, simbyakire.”
“Umwana arambwira ati ‘ba bantu barasaga mbonye birutse, ati ariko mbonye n’abantu baje kuvoma amazi kuri robinet yacu’. Ndatekereza nti ‘ubwo [abaturage] bumvise ko napfuye none baje no kwivomera amazi ariko n’uwo mwana ntangira kutamwizera. Ntangira gutekereza ko agiye kumfata ngo anshyire bene wabo.”
Mulindangabo w’imyaka 27 ubusanzwe na we uvuka i Nyabimata; yafashe Gitifu Nsengiyumva, amumanura gahoro gahoro muri ako gace k’imisozi, amuhamagariza abakecuru babiri n’umusaza umwe bari bari hafi aho, baramusindagiza bamugeza kwa muganga i Nyabimata.
IGIHE yabajije Nsengiyumva impamvu atahise ahamagaza inzego z’umutekano akimenya ko hari abantu binjiye mu murenge we kandi atabazi, avuga ko byabaye mu kanya gato cyane.
Ati “Ni ibintu byabaye mu gihe gito cyane. Muri cya gihe nari numvise amasasu, na wa mwanya kujya guhamagara ba bandi bahise bagera iwanjye, ntabwo haciyemo umwanya wo guhamagara ngo runaka. Nahise ntekereza guhamagara Major twabanaga, muri ako kanya ni bwo ibyo bibazo byose byahise biba, mu masegonda make cyane.”
Amaze koroherwa yaje no kumenya ko hari undi musore izo nyeshyamba zabwiye kujya kuzereka kwa Gitifu zimusanze ku gasantere, arazangira zihita zimurasa.
Imodoka ye yari yasize ayiparitse ku irembo ari naho inyeshyamba za FLN zayitwikiye. Nsengiyumva avuga ko amakuru y’itwikwa ry’imodoka ye yayamenye hashize iminsi itanu ari mu bitaro.
Gitifu akigezwa kwa muganga i Nyabimata yahise yoherezwa ku Bitaro bya Munini, bahamuvana bamwohereza CHUB i Huye, mbere yo kujya kuvurirwa mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal i Kigali.
Yabanje kwanga gusubira i Nyabimata
Tariki 18 Werurwe 2019, kuri Faysal babwiye Nsengiyumva ko noneho yemerewe kuba yasubira mu kazi. Yatekereje gusubira i Nyabimata, yumva umutimanama ntubimwemerera akurikije ibihe bibi yari amaze iminsi ahagiriye.
Ati “Nkirembye numvaga umuntu yamfata akantwara nkajyayo ariko ntangiye gukira ni bwo nahise mvuga nti oya, hariya hantu sinasubirayo. Nti reka mbanze mfate impumeko neza, menye uko bimeze ntagira n’ikibazo .”
Yasubiyeyo nyuma, habaye urubanza ruregwamo Nsabimana Callixte wiyise Sankara wari Umuvugizi wa FLN.
Ati “Twaragiye tugerayo, ndareba abaturage barishima. Twagiye urubanza rwatangiye rwa bariya bafashwe, tunabikurikiranira hamwe, abo twari kumwe babona ko ari ahantu hagendwa hari umutekano.”
Ntabwo Nsengiyumva yasubiye gukorera i Nyabimata, yahisemo kuguma mu Mujyi wa Kigali kugira ngo nibiba ngombwa ajye ajya kwivuza bimworoheye.
Kuri ubu ni Gitifu wa Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, umwanya yagiyemo nyuma y’iminsi ayobora Umurenge wa Masaka.
Nyuma ya Nsabimana Callixte na Paul Rusesabagina wari Umuyobozi mukuru wa MRCD-FLN yarafashwe, ubu bombi n’abandi bambari babo bagera kuri 20 bategereje umwanzuro w’urukiko ku bihano basabiwe n’ubushinjacyaha.
Nsengiyumva yavuze ko gufatwa kwa Rusesabagina ari imwe mu nkuru zamushimishije cyane.
Ati “Rusesabagina uri aho, wiyise igitangaza wumva utazi urwego yiyumvamo noneho ukumva ngo ari i Kigali, ntabwo nabashije kubyumva neza.”
Yakomeje agira ati “Biriya birafasha kandi biratanga icyizere ko n’undi wese wahirahira ashaka gukora nk’ibyo bariya bakoze, yabona isomo.”
Nsengiyumva yaregeye indishyi muri urwo rubaza ku bw’imodoka n’indi mitungo ye yangijwe, gusa avuga ko nta cyasimbura ibyo yahombye kubera icyo gitero. Ingano y’ibyo yaregeye ifite agaciro ka miliyoni 75 Frw.
Ati “Bariya bantu ntacyo umuntu yabifuzaho, nta n’indishyi babona ku byo umuntu yatakaje. Buriya muri uriya mwaka muri Kanama, nagombaga kujya kwiga muri Koreya. Njya mbitekereza nkumva agahinda karanyishe, nkabyihorera.”
IGIHE yamenye ko nyuma yo kuva i Nyabimata, Gitifu Nsengiyumva yakomeje kubana na Mulindangabo Callixte wari umukozi we wo mu rugo, dore ko ari na we watabaye ubuzima bwe agaharura inzira zatumye agezwa kwa muganga bwangu.
source : https://ift.tt/3j4q7FC
Mu gihe mu minsi ibiri ishize hari hemejwe ko abafana bemerewe kuzareba imikino ya AfroBasket izabera mu Rwanda guhera ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha, ubu hari hatahiwe abakunzi b’umukino wa Volleyball.

Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda “FRVB” ryamenyesheje abakunzi b’umukino wa Volleyball ko bemerewe kureba imikino y’igikombe cya Afurika mu bagabo n’abagore kizabera mu Rwanda mu byumweru bibiri biri imbere.
Nk’uko bigaragara mu itangazo, hashyizweho amabwiriza abifuza kureba iyi mikino bazakurikiza, harimo kuba waripimishije COVID-19 mu masaha 48 no kuba byibuze warafashe urukingo rumwe.

Iri rushanwa rizabera muri Kigali Arena kugeza ubu mu bagabo rizitabirwa n’ibihugu 20 ndetse na 16 mu bagore, aho mu bagabo bazakina kuva tariki 05 kugera 16/09, naho abagore bakazakina kuva taliki 10 kugera taliki 20/09/2021.

source : https://ift.tt/2W36kOw

Hari bamwe mu baturage babonaga abantu bambaye utu jillets turiho ibirango bya Polisi n’Umujyi wa Kigali bakabikanga. Ese urubyiruko rw’abakorerabushake ni bantu ki?

Kigali Today yaguteguriye icyegeranyo gikurikira ku ruhare rukomeye rw’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gufasha Abanyarwanda kubahiriza no gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda COVID-19, no mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.
Bikurikire muri iyi video:

source : https://ift.tt/3mx1vb5

Mu bahagejejwe harimo abagabo 20 abagore bane n’abana babiri barimo uw’imyaka ibiri.
Bakihagera bapimwe COVID-19 maze 18 bayisanganywe bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Ngarama, abandi bajyanwa mu kato ahahoze IPRC Nyagatare.
Ni akato kazamara iminsi irindwi abazapimwa bagasanga ari bazima basubizwe mu miryango yabo.


source : https://ift.tt/3z5qdCz