Tag: featured

  • Me Lurquin warenze ku mategeko akagaragara mu bunganira Rusesabagina yirukanywe ku butaka bw’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Me Vincent Lurquin yinjiye ku butaka bw’u Rwanda ku wa 16 Kanama 2021 akoresheje visa y’ubukerarugendo imuhesha kumara iminsi 30 mu gihugu. Uwayihawe ntabwo aba yemerewe kugira imirimo ihemberwa akora mu gihugu.

    Gusa ahageze ku wa Gatanu yagaragaye mu mwambaro w’abunganizi mu by’amategeko nk’umwe mu bahagarariye Paul Rusesabagina kandi atari mu banyamategeko bahawe ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rwamenyesheje Lurquin ko agomba kuva ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’uko akoresheje visa yahawe nabi.

    Abapolisi bamuherekeje kuva ku Kacyiru aho uru rwego rukorera, bamugeza ku Kibuga cy’Indege i Kanombe ari mu modoka ya Polisi, asohoka mu gihugu.

    Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abinjira n’Abasohoka, Lt. Col. Regis Gatarayiha, yatangaje ko Lurquin yinjiye mu rukiko abizi kandi abishaka, azi neza ko ibyo ari gukora binyuranyije n’amategeko, azi ko adafite uburenganzira bwo gukorera umwuga w’ubwunganizi mu mategeko mu Rwanda.

    Ati “Ntabwo ari umwavoka mu Rwanda kubera ko atanabyemerewe n’urugaga rw’abavoka mu Rwanda, ubundi akaba ari nacyo kintu kiba gisabwa kugira ngo ube wajya mu rukiko wunganire umuntu uwo ariwe wese.”

    “We rero yagaragaye ari mu kazi yambaye n’imyenda yabugenewe nk’iy’abunganizi bari mu ikipe yunganira uwo munyarwanda ukurikiranyweho ibyaha mu rukiko.”

    Lt Col Gatarayiha yavuze ko iyo ukora akazi udafite uruhushya rwo gukora, biba ari icyaha gihanwa n’amategeko.

    Ati “Ni byo rero byakozwe, turamuhamagara tumubaza impamvu yabikoze atubwira ko ngo yari azi ko kuba yemerewe kuza mu Rwanda ngo bimwemerera gukora ikintu cyose, tumubwira ko nk’umuntu wize amategeko ari kwirengagiza nkana kimwe n’uko iwabo mu Bubiligi nta munyarwanda wagenda ngo atangire gukora akazi atabyemerewe n’amategeko.”

    Mu bihano biteganywa ku muntu wakoze ibihabanye n’uruhushya yahawe rwo kuba mu Rwanda cyangwa kuhasura, yoherezwa mu gihugu cye yirukanywe.

    Ubusanzwe Itegeko rishyiraho Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, rikanagena imitunganyirize n’imikorere byarwo mu ngingo yaryo ya karindwi irebana n’abavoka bo mu mahanga, igena uburyo bashobora kwemererwa gukorera umwuga wabo mu gihugu.

    Ivuga ko “Mu gihe amategeko y’iwabo [aha ni u Bubiligi, igihugu cya Me Lurquin] atabuza Abanyarwanda bene ubwo burenganzira kandi bitanyuranyije n’amasezerano mpuzamahanga, Abavoka bari mu rugaga mu mahanga bahabwa uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda bibaye ngombwa, bagomba ariko kubaha amategeko agenga uwo mwuga mu Rwanda. Umukuru w’Urugaga atanga ubwo burenganzira bwo gukorera mu Rwanda.’’

    Nyuma yo kujya mu rukiko mu buryo bunyuranye n’amategeko, no kwambara impuzankano iranga abavoka kandi nta burenganzira abifitiye, Me Lurquin yanenzwe imyitwarire, anasabirwa gukurikiranwa.

    Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rubinyujije ku rukuta rwarwo rwa Twitter, rwatangaje amakuru y’uko Me Lurquin yagaragaye mu rukiko “nk’umunyamategeko, yambaye umwambaro ubaranga kandi si umunyamuryango ndetse ntanemerewe gukora mu Rwanda.’’

    Rwakomeje ruti “Yasabwe gusobanura imyitwarire ye.’’

    Rwanda Bar Association notes Me Vincent LURQUIN today appeared in court as a lawyer, in a lawyer’s gown, although he is not a member of the Rwanda Bar Association and he is not allowed to practice in Rwanda. He has been requested to explain his behaviour.

    — Rwanda Bar Association (@Rwanda_Bar) August 20, 2021

    Abapolisi baherekeje uyu mugabo bamugeza ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yinjira mu ndege asubira mu Bubiligi

    Me Vincent Lurquin w’imyaka 62 asanzwe yunganira Paul Rusesabagina. Aha yaganiraga na Gatera Gashabana wari mu bunganizi be mu rubanza aregwamo iterabwoba

    source : https://ift.tt/3zbCdmi

  • Ba ofisiye bato 39 basoje amasomo bari bamazemo iminsi ajyanye n’imiyoborere – #rwanda #RwOT

    Abasoje amasomo ni icyciro cya munani (Intake08/2021), batangiye tariki ya 16 Mata 2021, barimo abapolisi 31, abacungagereza 3 n’abakozi bo mu rwego rushinzwe ubugenzacyaha 5.

    Umuhango wo gusoza aya masomo wayobowe n’umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP/AP Jeanne Chantal Ujeneza.

    Yashimiye abitabiriye aya masomo ku murava, umwete n’ikinyabufpura bagaragaje akaba ari byo byabafashije gusoza neza amasomo yabo. Yabasabye kuzakoresha neza ibyo bigishijwe.

    Yagize ati “Ndashimira ubuyobozi bw’iri shuri bakoze uko bashoboye kugira ngo aya mahugurwa agende neza, ariko kugenda neza kose ni uko habayemo uruhare rwanyu abanyeshuri, mwaranzwe n’ikinyabupfura no kwita ku cyabazanye muharanira gusoza neza. Ndizera ko aya masomo azabafasha kunoza neza inshingano zanyu mu kazi kanyu ka buri munsi, si uko mutazikoraga neza ahubwo aya masomo agamije kubongerera ubumenyi n’ireme rya serivisi nziza zitangwa n’inzego z’umutekano mukorera.”

    DIGP/AP Ujeneza yakomeje agira ati “Kuri mwe mwahawe aya mahugurwa murabizi ko ajyanye n’imiyoborere, tubizeyeho kuzayobora neza abo mushinzwe mu nzego zanyu, mukanoza neza izindi nshingano zo gucunga umutekano nk’akazi kanyu ka buri munsi. Abakora mu biro mwahawe amasomo ajyane no gutegura amadosiye ajyanye n’akazi kanyu, tubitezeho itandukaniro mu kunoza neza akazi bitandukanye n’uko mwagakoraga mbere yo kuza hano.”

    Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) Rafiki Mujiji, yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwatanze ibikenewe kugirango aya masomo agende neza anashimira abayitabiriye uburyo baranzwe n’ikinyabupfura. Yabasabye kuzakomeza kurangwa n’ikinyabupfura no gukora kinyamwuga nk’uko bisanzwe bibaranga.

    CP Mujiji yabasabye ko amasomo bahawe yazababera impamba mu kuzuza inshingano zabo za buri munsi.

    Ati “Aya masomo yabaye mu bihe bigoye byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 ariko turabashimira uko mwabyitwayemo. Muzakomeze kurangwa n’ikinyabupfura no gukora kinyamwuga byose bijyanye n’indangagaciro nyarwanda.”

    Chief Inspector of Police (CIP) Florent Niyongira wanabaye uwa mbere mu gutsinda neza kurusha abandi yavuzeko nyuma yo guhamagarirwa kwitabira aya masomo yahise yiha umugambi wo kuzakorana imbaraga n’umwete kandi yiteguye kuzashyira mu bikorwa ibyo yigishijwe.

    Ati “Ngihamagarirwa kwitabira aya mahugurwa nahise mbigira intego ko ngomba kuzayakorana umwete n’umurava akaba ari cyo gihembo ngenera ubuyobozi bwangiriye icyizere nkoherezwa muri aya mahugurwa. Nahungukiye kurushaho kumenya uburyo nzanoza akazi kaba ako mu biro ntegura amadosiye, kuyobora abapolisi nkuriye ndetse no gucunga umutekano w’abantu n’ibintu.”

    Usibye amasomo atangirwa mu ishuri, aba banyeshuri banagize igihe cyo gukora ingendoshuri bahuza ibyo bigishijwe mu ishuri n’ibiri hanze.


    source : https://ift.tt/37Zi06X

  • Rwamagana: Urubyiruko rwigishijwe imyuga ku buntu rwasabwe kwiteza imbere – #rwanda #RwOT

    Aya masomo yatangiwe mu kigo cya ‘Ukwigira Center’ giherereye mu Murenge wa Kigabiro. Mu myuga bigishijwe harimo ijyanye no gukora amashanyarazi, amazi, guteka no kudoda mu gihe cy’amezi 12.

    Sheikh Habimana Saleh uri mu bashinze iki Kigo yavuze ko kwigisha iyi myuga uru rubyiruko bikorwa ku buntu mu kunganira Leta mu kwigisha abakiri bato.

    Ati “Mu myaka irindwi tumaze dukora nibura 80% by’abana bacu bari ku isoko ry’umurimo; ubu hari n’abana bane bari gukora muri Zambia bagiyeyo gukora iby’amashanyarazi, uru ni urugendo twatangiye akenshi twifuza ko abana babona cyangwa batunga amafaranga bakiri bato.”

    Sheikh Habimana yavuze ko abize kudoda bahawe imashini zizabafasha mu kwiteza imbere, bakaba bagiye kubafasha mu gushinga Koperative bazakoreramo.

    Irimaso Ally wize ibijyanye no kudoda yavuze ko bashimira ubuyobozi bwabafashije kwiga avuga ko intego bajyanye ku isoko ry’umurimo ari ugukora neza no kwiteza imbere.

    Ati “ Ndashimira abayobozi bacu badahwema kudutekerereza kuba twagira icyo twigezaho, nize ibijyanye no kudoda, rero ni umurimo mwiza, ibyo twize tugiye kubishyira mu bikorwa twiteze imbere kandi dufashe n’abandi nk’uko natwe twafashijwe.”

    Mutuyimana Amina we yavuze ko intego afite ari ukwiteza imbere no gufasha umuryango we mu buryo bugaragara.

    Ati “ Ndishimye cyane kuba mbashije kwiga nkanahabwa imashini yo kudoda igiye kumfasha mu gukorera amafaranga niteze imbere nteze imbere n’umuryango wanjye.”

    Ikigo Ukwigira Center cyashinzwe n’Umuryango Umbrella for Vurnerable umaze imyaka irindwi ukaba waratewe inkunga n’Abayisilamu bo mu Budage.

    Bamwe mu banyeshuri basoje amasomo y’imyuga basabwe kuzayifashisha biteza imbere ubwabo n’imiryango bakomokamo

    Sheikh Habimana Saleh uri mu bashinze iki Kigo yavuze ko kwigisha iyi myuga uru rubyiruko bikorwa ku buntu mu kunganira Leta mu kwigisha abakiri bato

    Abasoje amasomo mu budozi bahawe n’imashini bazifashisha mu mwuga wabo

    source : https://ift.tt/3D51QaD

  • Kigali: Umubyeyi yabyaye abana batanu, bane barapfa – #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kaama 2021, ni bwo uyu mubyeyi yabyariye abana batanu mu Bitaro bya Gisirikare by’i Kanombe.

    Uyu mubyeyi wibarutse abana batanu yakoraga akazi ko gutunganya inzara muri Saloon de Coifure Kimimironko mu gihe umugabo we yakoraga ako kogosha.

    Umwe barwaje uyu mubyeyi yabwiye IGIHE ko abana uyu mubyeyi yabyaye bavukiye ku mezi atanu.

    Yagize ati “Yabyaye abana batanu bavutse igihe kitageze bavukiye ku mezi atanu ariko hashize akanya umwe arapfa n’ubu undi w’umuhungu yamaze gupfa.”

    Ubwo IGIHE yateguraga iyi nkuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, umurwaza w’uyu mubyeyi yatangaje ko n’abandi bana babiri bamaze gupfa hasigaye umwe.

    Yakomeje avuga ko umuryango wabyaye aba bana ukeneye ubufasha kugira ngo ubashe gushyingura izi mpinja bitewe n’uko utishoboye.

    Ati “ Ubu hamaze gupfa abana bane undi mwana we ari muri couveuse ariko umubyeyi we ameze neza ariko nyine urabyumva umuryango wabo ukeneye ubufasha kuko ntiwishoboye byibuze kugira ngo unabone uko ushyingura abo bana cyane ko n’uyu mubyeyi yari amaze hafi ibyumweru bibiri ari mu Bitaro I Kanombe akoresha amafaranga.”

    Kugeza ubu uyu mubyeyi wabyaye aba bana batanu aracyari mu Bitaro bya Kanombe aho we n’umwana we usigaye barimo kwitabwaho n’abaganga.


    source : https://ift.tt/3AXuDMs

  • Ibikorwa byo gucyura abantu i Kabul birakomeje, u Buhinde bwamuritse urukingo rwa Covid-19 rudasanzwe…agezweho mu mahanga – #rwanda #RwOT

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze gucyura abantu ibihumbi 13 mu bihumbi 18 bariyo.

    Perezida Joe Biden yatangaje iki gikorwa ari kimwe mu bigoye mu gucyura abantu byabayeho mu mateka ndetse ko atakwizeza abantu umusaruro wacyo 100%.

    Ati “Ntabwo nabizeza umusaruro wa nyuma uko uzaba umeze cyangwa se ko bizarangira nta buzima butikiye. Gusa nk’Umugaba w’Ikirenga, nabizeza ko nzakoresha ubushobozi bwose.”

    Ku rundi ruhande, umutwe w’aba-Taliban uherutse kwigarurira ubutegetsi, watangaje ko uteganya kumurika Guverinoma nshya mu byumweru bike biri imbere.

    Amerika ikomeje ibikorwa byo gucyura abaturage bayo bari i Kabul kuva umutwe w’aba-Taliban watangaza ko ufashe ubutegetsi

    U Bugereki bwashyizeho uruzitiro rwa kilometero 40 mu kwirinda ibibazo byo muri Afghanistan

    U Bugereki bwashyize ku mupaka wabwo ubutandukanya na Turikiya, uruzitiro rureshya na kilometero 40 mu kwirinda ko abimukira baturutse muri Afghanistan bakwinjira mu gihugu.

    Minisitiri ushinzwe ubusugire bw’abaturage mu Bugereki, Michalis Chrisochoidis, yatangaje ko imipaka y’igihugu cye itazigera ivogerwa.

    Kuva Aba-Taliban bafata igihugu, ubwoba bwakwiriye hose abaturage bamwe batangira gushaka uko bahunga bajya mu bihugu by’amahanga.

    U Bugereki bwavuze ko abazinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko bazasubizwa aho bavuye.

    U Bugereki bwashyizeho urukuta rutuma abanya-Afghanistan batabasha kwinjira mu gihugu

    U Buhinde bwemeje ubwoko bushya bw’urukingo rwa Covid-19 rwifashisha ADN

    Ikigo gishinzwe kugenzura imiti mu Buhinde, cyemeje urukingo rwa mbere rwa Covid-19 rukozwe hifashishijwe utunyangingo shingiro, ADN, aho rugiye kwifashishwa nk’uburyo bw’ubutabazi mu guhangana n’iki cyorezo.

    Uru rukingo rwiswe ZyCoV-D, umuntu azajya ahabwa doze eshatu zimufashe kuba yakwandura iyi virus ku kigero cya 66% nk’uko bitangazwa na Cadila Healthcare, ikigo cyarukoze.

    Iki kigo kirateganya gukora inkingo miliyoni 120 nibura buri mwaka. Mbere ubwoko nk’ubu bw’inkingo zifashisha ADN bwari bwagaragaje ko butanga umusaruro ku nyamaswa aho kuba ku bantu.

    U Buhinde bumaze gutanga doze miliyoni 570 z’inkingo bwifashishije ubwoko butatu bwazo harimo urwa Covishield, Covaxin na Sputnik V.

    Nibura 13% by’abakuze muri iki gihugu bamaze gukingirwa byuzuye mu gihe nibura 47% bo bamaze guhabwa doze imwe.

    Urukingo rushya rwa Covid-19 rwakorewe mu Buhinde rwakozwe hifashishijwe ADN

    Amerika yashyizeho miliyoni 5$ ku watanga amakuru y’aho Antonio Indjai aherereye

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho miliyoni eshanu z’amadolari nk’igihembo ku muntu wese watanga amakuru yaganisha ku itabwa muri yombi rya Antonio Indjai wahoze ari umusirikare mukuru mu ngabo za Guinea-Bissau.

    Indjai ni we wayoboye Coup d’état yabaye mu gihugu cye mu 2012 mbere y’uko yirukanwa nyuma y’imyaka ibiri.

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2013 zamushinje ibyaha bitandukanye birimo ubucuruzi bwa cocaine no gucuza intwaro.

    Ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo iby’iterabwoba, ubugambanyi mu gucuruza cocaine n’ibindi.

    Muri Gicurasi 2012, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyiriyeho Indjal inyandiko zitamwemerera gukora ingendo.

    Amerika yashyizeho miliyoni 5$ ku watanga amakuru y’aho Antonio Indjai aherereye

    source : https://ift.tt/3mmmVYm

  • Minisitiri Gatabazi yagaragaje Covid-19 nk’imbogamizi mu mikoranire y’abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze – #rwanda #RwOT

    Ibi Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yabigarutseho mu Kiganiro kuri Radio Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Kanama 2021 cyagarukaga ku mikoranire y’abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko ibibazo bikigaragara mu mikoranire y’inzego z’ibanze n’abaturage byatewe ahanini n’ibihe bya Covid-19 kubera ko hari bimwe mu bikorwa byakorwaga ariko biza guhagarara birimo n’inteko rusange z’abaturage.

    Yagize ati “Muri ibi bihe bya Covid-19 bimaze umwaka urenga, hari bimwe mu bikorwa byahagaze birimo inteko rusange zakorwaga buri cyumweru. Burya n’umuganda rusange na wo wahuzaga abantu bawurangiza bakaganira ku bibazo bihari bakabikemura. Uretse ibyo kandi hari n’ibindi byakorwaga birimo ibikorwa bya ‘Army week’ n’ibindi bikorwa by’iterambere.”

    Yakomeje agaragaza ko inshingano z’ingego z’ibanze zikubiye mu bukangurambaga, umutekano w’abaturage, imibereho myiza no guhangana n’ikintu cyatuma imibereho myiza yahungabana cyane ko imiyoborere mu Rwanda ishingiye ku muturage.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko umuturage akwiye kugira uruhare ku bimukorerwa kuko na we afite inshingano z’ibyo agomba kubahiriza.

    Ati “Abaturage bose iyo bishakamo ibisubizo burya ni igihugu kiba cyishakamo ibisubizo. Umuturage na we akwiye kwishakamo ibisubizo ariko ikibazo abaturage ntibabyumva neza. Birashoboka ko mwabona ahantu hateye nabi bo bakishakamo igisubizo, babona iriba ryapfuye mu gihe Leta itabishyize muri gahunda bo bakavuga bati reka twishyire hamwe iriba ryacu turituganye. Bashobora kubona agahanda k’umugenderano katameze neza bagasaba ko Leta ibumva ikabemerera bagakora uwo muhanda.”

    Yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze bihutira guhutaza umuturage ko bidakwiye kandi ko uzabifatirwamo atazajya abura guhanwa by’intangarugero.

    Ati “Umuturage w’u Rwanda afite agaciro ni uw’igitinyiro. Twasabye ko niba hari umuturage utumva gahunda runaka, ko abayobozi bafatanya n’izindi nzego kumuganiriza byihariye aho kumuhutaza. Abaturage icyo bakeneye ni ugusobanurirwa, ukwigishwa no guhwiturwa ariko ntibakeneye gukubitwa ariko iyo abaturage ubasobanuriye ikintu wagitekereje utaje kukibaturaho rwose abaturage barakora.”

    Yasabye abaturage kwirinda gusuzugura ubuyobozi kuko byagiye bigaragara ko hari abantu bagaragaza ibibazo byabo mu buryo butaboneye ndetse ugasanga barasa n’abahanganye n’ubuyobozi.

    Ati “Nubwo tuvuga ko abayobozi bahohotera abaturage ariko twabonye ko hari n’abaturage bahohotera abayobozi. Turasaba abaturage na bo kugaragaza ikibazo cyabo mu buryo bwiza, no kumvira ubuyobozi kuko buba bubazaniye gahunda zibateza imbere.”

    Meya w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko iyo abaturage bagize gahunda yo kwishyira hamwe mu kwiyubakira ibikorwaremezo runaka nk’umuhanda mu mudugudu, nk’Umujyi wa Kigali ugira uko ubongerera ubushobozi.

    Minisitiri Gatabazi yagaragaje ko Covid-19 yakomye mu nkokora imikoranire hagati y’abayobozi n’inzego z’ibanze

    source : https://ift.tt/3sAlc2s

  • Uwamugezeho yamubereye umugisha; yaranzwe n’urukundo, umurava n’ubuhanga: Urwibutso ku bazi Amb. Habineza Joseph – #rwanda #RwOT

    Aya ni amagambo y’umuhanzi, umukinnyi wa filime, umusizi, umwanditsi w’ibitabo akaba n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yanditse kuri Twitter nyuma y’inkuru y’itabaruka rya Habineza Joseph wamamaye nka Joe.

    Amb Habineza Joseph ‘Joe’ wayoboye Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Umuco, akayisubiramo ari iya Siporo n’Umuco ndetse akaba Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, yatabarutse ku wa 20 Kanama 2021.

    Ni byo koko urugendo rwa muntu ku Isi ni rugufi ari na yo mpamvu uwarugenze neza, akarubanamo amahoro n’abo bari kumwe, akarangwa no gutunganira bose, iyo arusoje asiga inkuru nziza imusozi.

    Inkuru y’urupfu rwa Amb Habineza ‘Joe’ yashavuje benshi baba abo mu muryango we n’Abanyarwanda mu ngeri zose dore ko mu nshingano yakoze yaranzwe no gusabana na bose, abakomeye n’aboroheje.

    Kuri Minisitiri Bamporiki, Amb. Habineza yari umuntu usobanuye byinshi kuri we cyane ko nyuma yo kumenyana bahujwe n’akazi buri umwe yakoraga, bubatse ubucuti bugera no ku rwego rwo kuba abavandimwe.

    Mu kiganiro na IGIHE, Bamporiki yavuze ko umunsi yari amaze kurahirira inshingano arimo, yahamagaye Amb. Habineza baraganira, amubaza uko bigenda nk’umuntu wigeze kuzibamo.

    Ati “Ni minisitiri wanjye. Namumenye bwa mbere mukeneyeho ko ateza impano n’ubuhanzi bwanjye imbere, bijya bibaho ko umuntu ashobora kuba afite impano agashaka minisitiri ntamubone. Nagiye mushaka bwa mbere ndi kumwe n’Umunyamerika witwa Lee Isaac Chung tugiye gukora filime ya Munyurangabo.”

    Yakomeje agira ati “Joe yanejejwe no kubona umwana w’i Nyamasheke ari kumwe n’Umunyamerika bavuga ibya filime. Nyuma naje kumuhamagara kuri telefone yari yampaye mubwira ko ya filime yacu yabonye igihembo, aza kudufasha kubona ibyangombwa byo kujya muri Amerika gufata icyo gihembo. Bigaragaza uguca bugufi kwe.”

    Minisitiri Bamporiki yavuze ko na nyuma ibihangano byinshi yakoze, Amb. Habineza yagiye abishyigikira kandi akagira n’umwihariko wo kuba barabaye inshuti zikomeye yaba we ndetse n’abana be.

    Ati “Minisitiri Habineza, ntekereza ko ibintu bikomeye abantu bamwigiraho ni ukwiyoroshya. Izi nshingano tubamo hari ubwo usanga kenshi zikurikizwa n’ibindi bintu utibaza ngo biva hehe ariko ugasanga umuntu yahawe inshingano yishyira hejuru.”

    Yakomeje agira ati “Njye muzi nyine nk’umuntu wiyoroshya kandi wakoze mu gihe kigoye cyaba icy’umuco cyangwa siporo, agira umumaro cyane cyane muri siporo kubera ko dufite ibintu byinshi tumwibukiraho; yabashije kuzana ibyamamare by’abanyamahanga hano no kugerageza kubungabunga umuco mu gihe kitari cyoroshye.”

    Minisitiri Bamporiki avuga ko kwakira inkuru y’urupfu rwa Habineza Joe bigoranye ku muntu bari bamaze kubaka ubucuti.

    Yagize ati “Kumva ngo Habineza Joe yitabye Imana ku myaka mike, umuntu w’umunyarugwiro, umutaramyi, umunyagikundiro, umunyabigwi, umuntu wubatse izina rye […] ni ikintu utabona uko uhita uvuga.”

    Joseph Habineza ubwo yarahiriraga inshingano nka Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu 2014

    Yavuze ko adashidikanya ko umutima wa Habineza Joe n’uburyo yabanaga n’abandi ari igihamya ko yicaye iburyo bw’Imana.

    Ati “Umutima we mwiza, impuhwe yagiraga, urukundo yagiraga, ubumuntu […] biratuma Imana twizera imuha Ijuru, natwe abizera tuzongere kumubona.”

    Umunyamakuru Karirima Aimable Ngarambe uhagarariye IGIHE i Burayi na Amerika yavuze ko aziranye na Amb. Joe Habineza kuva mu 1988.

    Muri icyo gihe bombi bakinanaga umukino w’intoki mu Ikipe ya Electrogaz Volleyball Club, ndetse ngo nyuma baje kongera gukinana mu 1994-95, muri Amasata Volleyball Club.

    Yavuze ko “Namumenye nk’umukinnyi mwiza ugendera ku kinyabupfura, uhorana umutima mwiza, kandi udashaka ko uwo bari kumwe agira irungu, agakunda guhora ashyenga, mbese yahoranaga urugwiro.”

    Yakomeje agira ati “Agakunda kugira ishyaka mu myitozo no mu mikino, bigakomeza no mu kazi yakoraga. Ndibuka ko yanze kwambara umwenda wa Electrogaz kuko wanditseho Pepsi Cola yari umuterankunga icyo gihe kugira ngo atanyuranya na Bralirwa yakoreraga, byerekana ubudahemuka yagiraga.”

    Karirima avuga ko ibi byose kandi byarangaga Habineza byanahuriranaga no kuba yari umuhanga cyane, ukunda abantu, urangwa n’ikinyabupfura no kwicisha bugufi.

    Abo mu myidagaduro bati ‘yari abisobanukiwe’

    Amb. Habineza Joseph yakoze mu myanya itandukanye by’umwihariko muri guverinoma yahawe kuyobora Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Umuco mu 2004.

    Mu 2008, igice cy’urubyiruko cyahawe minisiteri ukwayo ariko Habineza akomeza kuyobora iyiswe icyo gihe Minisiteri ya Siporo n’Umuco kugeza mu 2011. Aho yaje kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria na Ghana.

    Mu 2014, kandi yongeye kugirwa Minisitiri wa Siporo n’Umuco, aza gusimbuzwa mu 2015. Muri izi nshingano zose yakoraga zabaga zose zimuhuza n’urubyiruko by’umwihariko urubarizwa mu mikino n’imyidagaduro.

    Abahuye na we bamuzi nk’umuntu wabahaga ikaze, akumva ibitekerezo n’ubusabe bwabo kandi umunsi ku munsi agashaka ibisubizo ku bibazo bafite.

    Joseph Habineza ni umwe mu bayobozi bakundaga gusabana no kuganira n’urubyiruko cyane

    Ishimwe Dieudonné ukuriye Rwanda Inspiration Back Up itegura Miss Rwanda, ni umwe mu bahuye kenshi na Amb. Habineza ndetse amufiteho urwibutso rwo kuba yaramubereye umugisha.

    Ati “Namumenye agarutse kuba Minisitiri wa Siporo n’Umuco igihe twateguraga Miss Rwanda. Numvaga abantu bose bamukunze ariko ntaramenya uko bimeze, nyuma yaho rero twarakoranye, nza kubona uburyo ari umuntu wasabanaga n’abantu bose, akakira abantu bose.”

    Yakomeje agira ati “Ikindi kintu gikomeye ariko, yari umuhanga cyane yakundaga guhanga ibishya cyane. Ndibuka hari ibintu twajyaga tuvuga ngo ibi ntabwo twabishobora, akanga ati ’mwabikora, mugende mugerageze kandi muzabishobora’, kandi nyuma tukabikora bigakunda.”

    Ishimwe avuga ko mu by’ingenzi yibukira kuri Amb. Habineza harimo guca bugufi no kugirira akamaro umugezeho wese.

    Ati “Ni umuntu utaracaga ku ruhande, yakubwizaga ukuri. Kwitaba Imana kwe na n’ubu sindabyumva. Icyo nzi cyo ni kimwe, umuntu wese wabashije kumugeraho, yamubereye umugisha kandi aba n’isomo kuri we.”

    Yakomeje agira ati “Joe ntimwakwicarana iminota 10 nta somo uramukuraho, yageraga ku bato rero akatubwira ati ’iki kintu wagikora kandi wakigeraho’, ni umuntu utanga ubufasha aho bishoboka hose. Nongere mbisubiremo yari umuntu w’umuhanga. Ni bya bindi buri wese agira umunsi we, naboneraho n’umwanya wo kwihanganisha abana n’umuryango we wose.”

    Mushyoma Joseph [Boubou] uyobora East African Promoters (EAP) itegura ibitaramo birimo East African Party, Iwacu Muzika Festival n’ibindi yavuze ko Amb. Habineza yari umuntu wumva neza ibijyanye n’umuziki kandi agahora aharanira kuwuteza imbere.

    Ati “Murabizi kuva kera yari umugabo wabanye n’abahanzi cyane, yumvaga ibijyanye n’ubuhanzi n’ubugeni by’umwihariko, yarabyumvaga kandi ntiyasubizagayo umuntu umusanze, yakwakiraga neza cyane, agasabana akagira urugwiro.”

    Yakomeje agira ati “Yari umugabo wumvikana, wumva ibitekerezo byawe akabiha agaciro, akakugira inama. Kuri EAP by’umwihariko igihe yari Umuyobozi Mukuru wa Radiant, twarakoranye aba umwe mu bafatanyabikorwa, twazengurukanye igihugu cyose. Tubuze umuntu wumvaga ibyo dukora cyane.”

    Joseph Habineza abamuzi neza bavuga ko yari umuntu urangwa n’urugwiro

    Umuhanzi Mani Martin ni umwe mu bari mu ruhando rw’imyidagaduro n’uruganda rwa muzika muri rusange uzi neza Habineza Joe kuko mu bihe yatangiraga umuziki, byinshi Guverinoma y’u Rwanda yageneraga abahanzi mu kubafasha byanyuzwaga muri Minisiteri yari ayoboye.

    Mu kiganiro na IGIHE yagize ati “Kuri njye Joe Habineza yari umuntu w’indashyikirwa kandi bitamubuza gushyikirana na bose. Yagize uruhare runini mu rugendo rwa muzika yanjye ubwanjye no muri muzika Nyarwanda mu gihe turimo.”

    Mani Martin mu 2011, ubwo yatangiraga itsinda rimufasha kuririmba rya Kesho Band, hari benshi bumvaga bitazashoboka ko mu Rwanda umuhanzi yaririmba umuziki wa ‘Live’, ibintu abantu bari basanzwe bamenyereye mu nsengero no mu tubari gusa.

    Icyo gihe uyu muhanzi yegereye Joe Habineza, aramuganiriza amubwira uburyo yumva ashaka gukora umuziki w’umwimerere ukajya ucuranwa mu bitaramo byo mu Rwanda ariko kuri Mani Martin ngo ntiyari afite icyizere ko bizashoboka.

    Ati “Yampaye ubutumwa bukomeye bwanyongereye ingufu zo kudacika intege. Navuga ko yagize uruhare runini mu kuba mbasha gukora muzika uko nyikora ubu.”

    Yakomeje agira ati “Yarambwiye ngo ‘ikintu cyose tuzi cyashinze imizi kikarema impinduka cyatangijwe n’umuntu umwe wagize igitekerezo maze akifatanya na bake babyumvaga abandi bakazakurikira nyuma’.”

    Mani Martin avuga ko kugeza ubu iyo arebye imbaraga zaje gushyirwa mu gucuranga umuziki w’umwimerere [Live Performance] ahita yibuka amagambo yabwiwe na Joe mu myaka myinshi ishize.

    Ati “Kuri njye tubuze umuntu w’ingirakamaro.”

    Abo ku mbuga nkoranyambaga bashenguwe n’itabaruka ry’inshuti yabo ‘Joe’

    Mu batanze ubutumwa bwihanganisha umuryango wa Habineza harimo abantu ku giti cyabo, ibigo bitandukanye by’umwihariko ibishamikiye kuri Minisiteri ya Siporo, nyakwigendera yigeze kuyobora.

    Ambasade y’u Budage mu Rwanda yagize iti “Ruhukira mu mahoro Joe. Uzakumburwa. Byari iby’agaciro gukorana nawe by’umwihariko muri siporo. Twihanganishije umuryango n’abo asize.”

    RIP Joe – you will be missed. It was a pleasure and honor to work with you in particular in sports 🙏🙏🙏
    Condolences to the family and loved ones left behind. https://t.co/5TG7vXK7oq

    — German Embassy Kigali (@GermanyinRwanda) August 20, 2021

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yagize ati “Mbabajwe n’itabaruka rya Joe Habineza, Roho yawe iruhukire mu mahoro y’iteka. Abanyamuryango ba Siporo bazahora bakwibuka.”

    Sadenned by the pass away of Joe Habineza,
    May Your Soul Rest In Eternal Peace. The Sport family will always remember you. pic.twitter.com/tShvbtU6oi

    — SHEMA – M. Didier (@SMDidier1) August 20, 2021

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, FERWAFA, Nizeyimana Olivier yagize ati “Njyewe na buri munyamuryango wa FERWAFA, ababajwe n’itabaruka ry’uwahoze ari Minisitiri wa Siporo Amb Joseph Habineza.”

    Yakomeje agira ati “Abakunzi b’umupira w’amaguru bifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye. Ruhuka neza Joe.”

    FERWAFA President @CafuOli and everyone at FERWAFA is saddened by the passing of former Sports Minister, Amb Joseph HABINEZA.

    The football fraternity stands with his family in these despairing times.

    Rest well Joe. pic.twitter.com/cb8cdewKys

    — Rwanda FA (@FERWAFA) August 20, 2021

    Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred yagize ati “Nihanganishije Umuryango wa Joe Habineza. Tuzahora tuzirikana ukwiyoroshya kwawe. Roho nziza yawe izahora mu mitima yacu. Uruhukire mu mahoro Joe.”

    Heartfelt condolences to Joe Habineza’s family. We will always treasure the memories of your simplicity and warmth. Your gentle soul will always be in our hearts. RIP Joe pic.twitter.com/b58hUrBWpd

    — Fred Mufulukye (@Fredrwanda) August 20, 2021

    Inkuru bifitanye isano: Amb Joseph Habineza wabaye Minisitiri yitabye Imana

    REST IN PEACE Amb. Habineza Joseph “Joe”, former Rwanda Sports Minister

    We appreciate your support on Tour du Rwanda. #RIPJOE pic.twitter.com/bPRXAfkrUj

    — Tour du Rwanda 🇷🇼🚴🏾 (@tour_du_Rwanda) August 20, 2021

    The Rwanda Cycling Federation is saddened by the death of former Sports Minister Habineza Joseph “Joe”.

    The photos are during the cocktail with HE Paul Kagame after the Tour du Rwanda 2014 triumph.#RIPJOE pic.twitter.com/3YKFdjWMPx

    — Rwanda Cycling Federation (FERWACY) (@cyclingrwanda) August 20, 2021

    RIP Joe! Sincere condolences to his family, friends and sport family in general.😭😭😭 pic.twitter.com/golCn9ilOq

    — Aimable Bayingana🇷🇼 (@Aima_Bayingana) August 20, 2021

    Igendere Nshuti yanjye nzagukumbura. Ndumva bingoye kubyakira. pic.twitter.com/o9SBrL9SYP

    — KARANGWASewase🇷🇼 (@KARANGWASewase) August 20, 2021

    At #RwandaVolleyball Family we are saddened by the passing of Hon. Joseph HABINEZA.
    His legacy in #Volleyball will stay forever.
    Our thoughts and prayers are with his family.
    RIP Joe! pic.twitter.com/5wYOlx1xNt

    — FRVB | RWANDA VOLLEYBALL FEDERATION (@RwandaVolleybal) August 20, 2021

    RIP Joe 💔 condolences to the family.

    — TOM CLOSE (@tomclosetweets) August 20, 2021

    I was 19 when i received my first ever TIP as a DJ. It was from this man.😔. pic.twitter.com/zV1kWxTi9y

    — DJ Pius (@DeejayPius) August 20, 2021

    Ambasaderi Joseph Habineza wabaye Minisitiri wa siporo n’urubyiruko mu Rwanda yitabye Imana azize uburwayi.

    Yabanje kujya kwivuriza muri Nigeria ahava akomereza i Nairobi muri Kenya ari naho yaguye. pic.twitter.com/WEvWriYY4G

    — IGIHE (@IGIHE) August 20, 2021

    Ambasaderi Habineza Joseph yasize urwibutso rutazasibangana mu bo yabanye na bo udasize n’abanyamakuru bagiranye ibiganiro bitandukanye. Aha yari muri Village Urugwiro aganira n’itangazamakuru

    source : https://ift.tt/3gmqY2L

  • Muhanga: Abahawe amashanyarazi ya Nyabarongo barifuza ko yakongererwa ingufu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuriro uva ku rugomero rwa Nyabarongo wageze ku batuye akagari ka Rwigerero, gusa bifuza ko wakongerwa ingufu
    Umuriro uva ku rugomero rwa Nyabarongo wageze ku batuye akagari ka Rwigerero, gusa bifuza ko wakongerwa ingufu

    Ababonye ayo mashayanyarazi bavuga ko n’ubwo bacana bagakorera ahabona bakaba baraciye ukubiri n’imyotsi y’udutadowa, banayabyaza umusaruro mu ishoramari nko kwigurira ibyuma bisya bakabasha kwinjiza amafaranga abaturage na bo bakabona iyo serivisi hafi.

    Umwe mu bacururiza ku gasante ka Rwigerero ucuruza ifu y’ubugari avuga ko nyuma yo kubona ayo mashanyarazi bategereje igihe kirekire bayumva ahandi, ubu bungutse igihe bakoreshaga bajya gushesha imyumbati kure kandi bakishyura ikiguzi cya mazutu ikoresha ibyuma.

    Agira ati “Ubu dufite inyungu nyinshi kuko yaba twebwe abacuruzi twahembaga abajya gushesha, ubwo ni na ko tuzamura ibiciro ku bakiriya bacu bikaba byatuma tutanagurisha neza n’uguze akagura ahenzwe bitewe no kutagira amashanyarazi ariko ubu cyarakemutse”.

    Yongeraho ati “Inyungu ya mbere ni uko tutagikora ingendo ndende tujya gushesha, ubu ikilo kimwe ni 250frw twongeragaho igihembo cya 20frw, twazana ifu tukagurisha 400frw. Ariko ubu turagurisha 350frw twarungutse n’abaturage barungutse, amasaha yo gukora na yo yariyongereye”.

    Icyakora abavuga ko iyo icyuma yisya cyatse usanga amatara y’abaturage ataka neza ahubwo ahumbaguza bakifuza ko ingufu zayo zakongerwa kugira ngo nihagira n’uzana ibikoresho byo kwagura ishoramari abashe gukora.

    Nzambaza Florent ufite icyuma gishya avuga ko mbere y’uko umuriro ugera mu kagari ka Rwigerero mu Murenge wa Mushishiro bakoraga urugendo rwa kilometero ebyiri, bari mu icuraburindi, abana biga nabi, ariko ibyo byabaye amateka kuko byose byakemuwe no kubona amashanyarazi.

    Avuga ko gukoresha mazutu byongeraga ikiguzi cyo gushesha kuko iyo bakoreshaga nk’iy’ibihumbi 30 ku kwezi, ubu bakaba bakoresha iy’ibihumbi bitarenze 10frw, abakaba bifuza ko ingufu z’umuriro ukiri muke zakongerwa.

    Agira ati “Tugira impungenge z’uko tuzanye irindi shoramari ryo kubaza no gusudira bitashoboka kuko umuriro utongerewe, iyo twakije icyuma kimwe amatara arahumbaguza bongeye ingufu z’amashanyarazi bya byiza kurushaho”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko ubu umuriro uri kwegerezwa ahari ibikorwa remezo n’inyubako za Leta nko ku masoko, inyubako z’utugari n’imirenge, ndetse no kuwugeza mu baturage batari bawufite.

    Abacuruza ifu y
    Abacuruza ifu y’ubugari bavuga ko bagabanyije ibiciro kubera ko amashanyarazi yabagezeho

    Avuga ko ku murenge wa Mushishiro mu kagari ka Rwigerero amashanyarazi yahageze aturutse ku rugomero rwa Nyabarongo, kandi ko niba hari ingufu nke hagiye gushakwa uko zakongerwa kuko icya mbere ari ukuba uhagera.

    Agira ati “Umurenge wa Mushishiro uhagaze neza mu kugira umubare w’abagerwaho n’amashanyarazi kubera ruriya rugomero rwa Nyabarongo, nicyo kihitirwaga kuwuhageza naho kuba hagaragara ikibazo cy’ibikoresho bidatanga muriro uhagije ibyo byakurikinarwa na byo bigasimbuzwa icy’ingenzi ni ukuba icyo gikorwa remezo kihagera”.

    Kayitare avuga ko nibura ingo hafi 50% zifite umuriro w’amashanyarazi, harimo n’imirenge ikibona ayo mashanyarazi mu mirenge itayagiraga namba nk’uwa Kibangu.


    source : https://ift.tt/3sAKNbv

  • Abafana b’umupira w’amaguru bemerewe kugaruka ku kibuga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe amwe mu ma Federasiyo arimo iya Volleyball ndetse n’iya Basketball zamaze guhabwa uburenganzira bwo kwinjiza abafana ku mikino mpuzamahanga bitegura mu minsi iri imbere, ubu no mu mupira w’amaguru bamaze guhabwa uburenganzira.

    Abafana b
    Abafana b’Amavubi bemerewe kuzareba umukino uzayahuza na Kenya

    Ubu burenganzira Ferwafa yamaze guhabwa na Minisiteri ya Siporo, ni ubwo kwemerera abafana kureba umukino uzahuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda ndetse na Kenya mu gushaka itike y’igikombe kizabera muri Qatar.

    Mu kiganiro cy’imikino cya Televiziyo Rwanda cyabaye kuri uyu wa Gatanu,Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, yatangaje ko Ferwafa yasabye ko abafana bakwemererwa kugaruka ku kibuga kandi bamaze kubaha ubwo burenganzira.

    Yagize ati “Twatangiye kwakira ubusabe bwa za federasiyo, na federasiyo y’umupira w’amaguru (FERWAFA) na bo twabonye ubusabe bwaho hirya y’ejo, tubwigaho. Inama twabagiriye cyangwa se igisubizo twari twabahaye ni uko abafana bazaba bahari ariko ingamba twashyizeho ni izituma Abanyarwanda tubarinda, umutekano wabo cyane cyane n’ubuzima bwabo.”

    Amavubi agiye kongera gukinira imbere y
    Amavubi agiye kongera gukinira imbere y’abafana

    Minisitiri Munyangaju kandi yavuze ko hari ibikiri gusuzumwa kugira ngo ingamba zo kwirinda COVID-19 zizakurikizwe

    Yakomeje agira ati “Icyo tutararangiza kwigaho dufatanyije hamwe, iby’ibanze byaremewe, ariko tugomba gushyiraho izo ngamba tuziganiriye na bo, zo kumenya ngo harajyamo abafana bangana gute? Ese Stade yakira abantu bangana gute? Ese barakoresha ubuhe buryo kuko urugero nko muri Arena [ya Kigali], barakoresha e-ticketing [kugura amatike hakoreshejwe ikoranabuhanga];”

    “Ese noneho kuri stade tuzakoresha ubwo buryo? Niba buhari abe ari bwo dukoresha kugira ngo dushyireho ingamba zose zishobora gutuma nta muntu ushobora kwandurira kuri stade cyangwa abe yahagirira ikibazo. Kuba ufite urukingo ntibivuze ko utarwara, ntibivuze ko utakwanduza.”

    Kugeza ubu amakuru aturuka muri Ferwafa avuga ko kugeza ubu nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kwakira abafana icyakurikiyeho ari ukubimenyesha FIFA nayo ikazaba uburenganzira bwa nyuma kuko ari yo itegura iyi mikino


    source : https://ift.tt/383XItk