Tag: featured

  • Uwahoze mu ngabo z’u Rwanda zo hambere arashima ubutwari bw’Inkotanyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hategekimana atuye mu Murenge wa Kanama Akarere ka Rubavu, ubu ni umuhinzi mworozi witeza imbere ariko mu byo akora avuga ko atazibagirwa ubutwari bw’ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi zashoboye guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse zikagarura umutekano mu Rwanda, igihe ibintu byari bimeze nabi.

    Hategekimana kimwe n’abatuye Umurenge wa Kanama muri Rubavu, tariki 20 Kanama 2021 bagiye gushimira ingabo zakomerekeye ku rugamba ubutwari n’ubwitange bwabo mu kwitangira igihugu.

    Hategekimana (uhagaze) wahoze muri ex-FAR ashimira uwakomerekeye ku rugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu
    Hategekimana (uhagaze) wahoze muri ex-FAR ashimira uwakomerekeye ku rugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu

    Ni igikorwa cyaranzwe no gusura ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside hamwe no kubashyikiriza inka 9 n’imyaka irimo toni 5 z’ibirayi na litiro z’amata 600.

    Mu ngoro y’amateka abatuye mu Murenge wa Kanama bagaragarijwe uburyo ingabo za FPR Inkotanyi zageze mu ngoro y’inteko ishinga amategeko mu gice cyayo cya Hotel cyakiraga Abadepite mu gihe cyo guhura, bagaragarizwa ubushake Inkotanyi zari zifite mu kubahiriza amasezerano ya Arusha ariko Leta ya Habyarimana ntibyubahirize.

    Ni ingoro irimo amateka y’uburyo ingabo za RPA Inkotanyi zakoze ibidasanzwe mu guhagarika Jenoside yarimo ikorwa mu mujyi wa Kigali muri Mata 1994, gutabara abicwa mu bice bitandukanye by’u Rwanda no kugarura amahoro.

    N’ubwo benshi bumva birenze ubwenge bwabo kubera ubutwari bw’ingabo za RPA Inkotanyi, Hategekimana avuga ko we abyibuka neza kuko yari ahanganye na zo mu mujyi wa Kigali cyane cyane ko yari umusirikare kandi akorera hafi y’aho Inkotanyi zari zicumbitse ku Kacyiru.

    Ati “Amateka y’urugamba twahoze dusura hariya ku Nteko Ishinga Amategeko ni ibintu nanyuze imbere kuko nabaga muri Kigali ndi umusirikare, ndabashimira aba benedata ubwitange bwabaranze, kuko kuba bamwe badafite ingingo ni ubwitange bagize, yaba umuntu uhinga agasarura akarya ibyo yasaruye, uworoye akanywa amata akumva ameze neza, abagenda mu modoka yewe n’abatuye mu magorofa bajye bazirikana ko babigezeho kubera aba benedata bitanze.”

    Hategekimana avuga ko igikorwa bakoze cyo kwitangira igihugu Abanyarwanda bagomba guhora bakizirikana ndetse bakibuka no kuza kubasura.

    Ati “Ibi byose mujye muzirikana bano bantu kuko si uku baremwe, bajye babazirikana babasure kuko ibikorwa bakoze tuzakomeza kubizirikana tubasabira ku Mana.”

    Abaturage b’Umurenge wa Kanama basuye abamugariye ku rugamba batuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro bashimishijwe no kubona bamwe mu bitangiye umutekano w’Abanyarwanda, bavuga ko bazatoza abana babo gukunda Igihugu no kurangwa n’ubutwari nk’ubwaranze ingabo za RPA Inkotanyi.

    Abamugariye ku rugamba batuye mu Murenge wa Nyarugunga, barimo 59 batuye mu mudugudu hamwe n’abandi 124 batuye muri uyu murenge, icyo bahurizaho ni uko bishimira ababatekereza ndetse bakabasura.

    Karagirwa Jules ni umwe mu batuye mu mudugudu wubakiwe abamugariye ku rugamba. Avuga ko hari benshi bamennye amaraso yabo mu gihe cyo kubohoza igihugu, abandi bakuramo ubumuga gusa icyo bari bashyize imbere ni uguharanira igihugu buri wese yisangamo kandi kirangwamo amahoro nk’uko bimeze ubu.

    Agira ati “Hari abo twashyinguye, hari abagize ibibazo dufite hano, hari abandi basigaye bakomeje urugamba rw’iterambere. Turi imidugudu 3 igizwe n’abasezerewe, kubona iterambere, amashuri n’ibindi bikorwa bikomeje kwiyongera mu myaka 27 tubohoje Igihugu biradushimisha, kandi mukomeze umuvuduko.”

    Ndekezi John wasezerewe mu mwaka wa 2004 avuga ko baterwa ishema no kubona hari ababazirikana bakabasura kuko bumva ko akazi bakoze hari abagaha agaciro kandi babazirikana, asaba ababyeyi kurera abana babatoza ubutwari kugira ngo u Rwanda bameneye amaraso rukomeze kwiyubaka no gutera imbere.

    Ndekezi avuga ko yanyuzwe no kubona abaturage bo mu Murenge wa Kanama babatekereza kuko baha agaciro ibikorwa by’umutekano babonye.

    Agira ati “Kanama ndayizi mu gihe cy’intambara y’abacengezi, byari bigoye ariko abaturage bifatanyije natwe dushobora kugarura umutekano, ubu barahinga bakeza. Byadushimishije kuba bazirikana uruhare rwacu mu kugarura umutekano, icyo tubifuriza na bo ni ugutoza abana gukunda igihugu.

    Mugisha Honore, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, avuga ko igitekerezo cyo gusura ingabo zakomerekeye ku rugamba babitewe no kuzirikana ibibazo by’umutekano bahuye na byo mu gihe cy’intambara y’abacengezi none bakaba bahinga bakeza, bakorora ndetse bakaba bateye imbere, ibintu batari kugeraho iyo izi ngabo zititanga mu kugarura umutekano.

    source : https://ift.tt/3sLxSns

  • I Rubavu hatwikiwe ibiro 627 by’urumogi – #rwanda #RwOT

    Ibi byose byafashwe kuva muri Gashyantare kugeza Kanama 2021 mu bikorwa bya Polisi byakorewe mu Karere ka Rubavu mu mirenge itandukanye. Byatwikiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiriba, Akagari ka Gikombe, Umudugudu wa Nyabibuye kuri uyu wa Mbere tariki 23 Kanama 2021.

    Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu Karere ka Rubavu, Nzabonimpa Deogratias, yagaragarije abaturage ingaruka z’ibiyobyabwenge haba ku muntu ku giti cye, ku muryango we no ku gihugu muri rusange.

    Ati” Mbere na mbere mugomba kumenya ko kwijandika mu biyobyabwenge uba ukoze icyaha iyo ubihamijwe n’amategeko urabihanirwa, byangiza ubuzima bw’ubikoresha.”

    “Ni igihombo ku muryango w’uwo muntu kuko hari igihe usanga afunzwe ariwe wawufashaga ndetse udafunzwe ugasanga byamuhinduye umurwayi ntacyo akora, bangiza amafaranga yagafashije umuryango bakajya kuyagura ibiyobyabwenge.”

    Visi Meya Nzabonimpa yakanguriye urubyiruko n’abaturage muri rusange kwitandukanya n’ibiyobyabwenge mu buryo bwose, bagira uwo babona abikoresha cyangwa abikwirakwiza bakihutira kubimenyesha inzego z’ubuyobozi zimwegereye cyangwa Polisi.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu, SSP Aphrodise Gashumba, yagaragaje ko ibyinshi mu biyobyabwenge bifatirwa mu Karere ka Rubavu bituruka muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikinjizwa mu Rwanda binyujijwe mu nzira zitemewe (Panya).

    Yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza uruhare mu gutahura amayeri akoreshwa n’ababikwirakwiza.

    Ati “Hari abo twafashe babihetse mu mugongo nk’abahetse abana, ababyambarira mu myenda y’imbere, ababishyira mu majerikani basa nk’abatwaye amata, ababipakira mu modoka zipakira imicanga, mu mifuka y’ibirayi na za Karoti n’ahandi. Aya mayeri yose tuyatahura kubera abaturage baduha amakuru, turabashimira kandi tunakangurira n’abandi kujya baduha amakuru.”

    Yakomeje agaragaza ko imirenge ya Busasama na Bugeshi ariyo ikunze kugaragaramo ibiyobyabwenge kuko ari naho bikunze kwinjirizwa. Yasabye abaturage gukomeza ubufatanye mu kurandura ibiyobyabwenge ku butaka bw’u Rwanda.

    Uwari uhagarariye ubushinjacyaha mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Ngororero, Sibomana Theogene, yavuze ko abantu 48 amadosiye yabo yamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha kugira ngo baburanishwe ku byaha bijyanye n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

    Iteka rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Ni mu gihe itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 263 rivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Ingingo ya gatanu y’Iteka rya Minisitiri rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Naho itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Ibiyobyabwenge byatwitswe birimo urumogi n’inzoga z’inkorano

    Urumogi rwatwitswe ni ibilo 627, rwafashwe rwinjijwe mu gihugu runyujijwe mu nzira zitemewe

    source : https://ift.tt/3ydCfJ5

  • Kimenyi Yves na bagenzi be barekuwe – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 19 Kanama 2021 ni bwo Kimenyi Yves yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 kubera ibirori bya ‘Baby shower’ byabereye mu rugo rw’uyu munyezamu na Muyango Claudine.

    Kimenyi n‘abo abari bafatanywe, beretswe itangazamakuru ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Kanama 2021, ndetse biyemerera ko bakoze amakosa yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Kanama 2021, ni bwo Kimenyi Yves n’abandi batatu muri bane bari bafunganywe, barekuwe nyuma yo gucibwa amande.

    Kimenyi yemereye IGIHE ko we na bagenzi be batatu barekuwe nyuma yo gucibwa amande.

    Yakomeje ati “Ni byo baturekuye mu ma Saa kumi z’amanywa. Muri bane twari dufuganywe harekuwe batatu undi baramusigarana kuko agomba kuzuza iminsi itanu nkuko natwe byagenze. Njye banciye ibihumbi 150 Frw abandi buri umwe bamuca ibihumbi 25 Frw.”

    Polisi y’Igihugu ikomeje gushaka abandi bantu batatu bari muri ibi birori nk’uko Umuvugizi wayo, CP John Bosco Kabera aheruka kubibwira itangazamakuru.

    Kimenyi wakiniye Isonga FC, APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports we n’umukunzi we, Muyango Claudine, baritegura kwibaruka umwana wabo w’imfura.

    Kimenyi Yves yarekuwe nyuma yo kwishyura amande no gufungwa iminsi itanu

    Batatu mu bari bafatanywe na Kimenyi Yves barekuwe. Undi umwe azabanza kuzuza iminsi itanu mu gihe Polisi y’Igihugu ikomeje gushaka abandi batatu bari bitabiriye ibirori bakoze

    source : https://ift.tt/3sILGyX

  • Agahinda k’umwana wafashwe ku ngufu n’uwo atazi agaterwa inda ku myaka 16 – #rwanda #RwOT

    Ntibyafashe igihe kinini ngo menye ko ari umuhungu we kuko yakomeje kurira akaza kumuha ibere, kubona umwana muto nk’uwo yonsa byanteye amatsiko menshi mubaza uko yabyaye.

    Mu gahinda kenshi, amarira azenga mu maso, yansubije ko yafashwe ku ngufu ubwo yari afite imyaka 16 n’umuntu atamenye, atazi n’ubu.

    Kumuganiriza ngo akubwire inkuru y’uko yafashwe n’umugizi wa nabi atamenye ntabwo byoroshye, ubona ko ibyo yakorewe byamuteye igikomere ku mutima.

    Yagize ati “Hari ahantu hari urwuri twari duturanye bajyaga bampa umuriro wo muri telefoni, nyijyanayo nsubiye kuyireba mpasanga undi muntu ntazi ndasuhuza maze gusuhuza arambwira ngo ninjire nyifate ahita ankurura amfata ku ngufu.”

    Ageze iwabo mu rugo ntiyabashije kubwira ababyeyi ibyamubayeho kuko yari yahungabanye ahubwo haciye igihe abonye ko atwite ni bwo yabivuze ariko uwamufashe ku ngufu ntiyabashije kumumenya.

    Yagize ati “Byarambabaje, byanteye n’agahinda kuko yamfashe nkiri umwana, ibintu bintera agahinda. Sinzi uko nzasobanurira umwana se kandi nanjye ntamuzi, ibyo binyongerera ishavu ariko ngenda mbyakira n’umwana nakura azabyakira.”

    Imibereho iragoye

    Uwo mwana abana na nyina umubyara warembejwe n’uburwayi, ubuzima babayemo buragoye ku buryo no kubona icyo kurya ari ikibazo gusa icyo bifuza cyihutirwa ni uko bakubakirwa nk’abandi kuko inzu barimo yenda kubagwaho.

    Ati “Ngira mama wenyine, inzu yacu yarasenyutse ibintu bimeze nabi, na mama ntashoboye kubera uburwayi bwaturutse ku mpanuka yakoze ikamwangiza mu bwonko, imibereho iratugoye.”

    Uyu mwana abarirwa mu barenga 800 batewe inda mu Karere ka Gatsibo mu myaka itatu ishize.


    source : https://ift.tt/3B2VXsG

  • Ibyo wamenya ku mishinga yashowemo miliyari 101.8 Frw mu 2021 igamije gutanga amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Ishyirwa mu bikorwa ry’iyi mishinga rijyanye n’icyerekezo cy’u Rwanda aho muri gahunda yarwo y’imyaka irindwi (NST1) ya 2017-2024 ruzaba rufite Megawatt zingana na 556. Icyo gihe kandi amashanyarazi azaba agera kuri bose.

    Raporo yo muri Nyakanga ya Minisiteri y’Ibikorwaremezo yerekana ko ingengo y’imari yateganyijwe ingana na miliyari 101.8 Frw, yagabanutseho 17.2% ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2020/21, washowemo miliyari 123 Frw.

    Ikomeza ivuga ko “igabanuka mu ngengo y’imari rifitanye isano n’ingaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19.’’

    Indi mpamvu y’iri gabanuka ijyanye na gahunda nshya y’u Rwanda yo kugeza amashanyarazi kuri bose, ikiri hasi aho u Rwanda rukeneye arenga miliyari 600 Frw yo gushora mu mishinga izatuma Abanyarwanda bose bagerwaho n’amashanyarazi bitarenze 2024.

    Muri Kamena uyu mwaka, Leta y’u Rwanda yasinye amasezerano y’inguzanyo na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) afite agaciro ka miliyoni 84.2$, azaba agizwe n’inguzanyo ya miliyoni 36.8$, bingana na 44% by’agaciro k’amasezerano ndetse na miliyoni 47.4$, bingana na 56%, yatanzwe nk’impano.

    Mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, amafaranga agera kuri 53% azatangwa na Leta mu gihe igice gisigaye kingana na 47% kizava mu nguzanyo n’impano z’amahanga.

    Muri miliyari 101.8 Frw, gutunganya amashanyarazi no kuyakwirakwiza bifite igice kinini kingana na 67% mu gihe ibijyanye n’imiyoborere bifite 14%, gukoresha neza ibijyanye n’ingufu bifite 7%, igice cy’umutekano gifite 12%.

    Ingano y’amashanyarazi u Rwanda rufite yariyongereye ava kuri Megawatt 228.102 muri Kamena 2020 agera kuri Megawatt 238.052 muri Gicurasi 2021 mu gihe intego yari yashyizweho ari Megawatt 307.58 bitarenze Kamena 2021.

    Iri zamuka rishingiye ku mashanyarazi angana na Megawatt 9.8 yatanzwe n’Urugomero rw’amashanyarazi rwa Giciye no kuvugururwa k’urugomero rwa Nyirabuhombohombo rwavuye kuri Megawatt 0.5 rugera kuri Megawatt 0.65.

    Raporo ya Mininfra yerekana ko kuba intego yashyizweho itaragezweho bifitanye isano n’idindira ryo kubaka Uruganda rutanga amashanyarazi aturutse kuri Nyiramugengeri rwa Hakan ruherereye mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara ruzatanga Megawatt 80 ndetse n’urugomero rwa Rukarara V & Mushishiro II rufite ubushobozi bwo gutanga megawatt 3. Iyubakwa ndetse no gutangira kubyaza umusaruro iyi mishinga byadindijwe na COVID-19.

    Nubwo icyorezo cyateye ariko urwego rw’ingufu ntirwahungabanye cyane ndetse byitezwe ko kugeza muri Kamena 2022, amashanyarazi igihugu gifite aziyongeraho Megawatt 345.752 avuye kuri 238.052.

    Leta y’u Rwanda igenda yubaka sitasiyo nto z’amashanyarazi zifasha kuyageza ku baturage

    -  Imishinga ihanzwe amaso mu gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu

    Ku rwego rw’igihugu, amashanyarazi afatiye ku muyoboro munini yaragutse, hubatswe imiyoboro migari (Medium Voltage) ireshya n’ibilometero 671.48 n’imito (Low Voltage lines) y’ibilometero 1,214.3. Intego yari iyo kubaka imiyoboro migari ya 603.92 km n’imito ireshya na 1835.18km.

    Ibi byajyanye no gucanira imihanda kuko hagati ya Nyakanga 2020 na Gicurasi 2021, ireshya na 631.85km yashyizweho amatara. Iyi mirimo igeze kuri 35%, biteganyijwe ko izasozwa mu 2023 aho imihanda icaniwe izava kuri 1,455.3km ikagera kuri 2,087.15km.

    Mu kugena ingengo y’imari hibanzwe ku kureba iyihutishwa ry’amashanyarazi mu turere atarageramo cyane no kudufasha kubona adafatiye ku muyoboro munini. Biteganyijwe ko abo ageraho bazava kuri 63% bakagera kuri 70%.

    Hanatekerejwe ku mishinga yo kubyaza umusaruro ingomero, gaz methane, nyiramugengeri, byose bizatanga megawatt 107.6 ku mashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari.

    Undi mushinga ujyanye no guteza imbere uburyo bwo gucana buzafasha ingo kugabanya uburyo gakondo zifashishaga nko gukoresha inkwi, zikava kuri 79.9% zikagera kuri 66.6%.

    -  Abagerwaho n’amashanyarazi bakomeje kwiyongera

    Imibare igaragaza ko mu Rwanda kugeza ubu ingo zifite amashanyarazi muri rusange zisaga 65,4% harimo izikoresha afatiye ku muyoboro mugari n’izikoresha adafatiye ku muyoboro mugari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.

    Nibura hagati ya Nyakanga 2020 na Gicurasi 2021, ingo nshya 146.079 zacaniwe binyuze ku muyobora mugari, mu gihe intego yari 118.657; ibi byatumye ingo zose zikoresha amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari zigera kuri 1.278.601 zivuye kuri 1.132.522 muri Kamena 2020.

    Ku rundi ruhande, ingo 55.242 zahawe amashanyarazi adafatiye ku muyoboro mugari [ni ukuvuga akomoka ku mirasire y’izuba n’ingomero nto]. U Rwanda rwari rwihaye kuzamura uyu mubare ukagera kuri 50.000. Byari gutuma ingo ziva kuri 418.502 mu 2020/21 zikagera kur 473.744.

    Muri rusange ingo zifite amashanyarazi zavuye kuri 1.560.699 mu mwaka ushize, zigera kuri 1.752.345 muri uyu mwaka, inyongera y’ingo 201.321 hagati ya Nyakanga 2020 na Gicurasi 2021.

    Usibye ingo, ahantu 1000 harimo ahakoreshwa n’abantu benshi hagejejwe amashanyarazi hagati ya Nyakanga 2020 na Gicurasi 2021 mu gihe intego yari yashyizweho ari kwegereza amashanyarazi ahantu 260.

    Aha hantu harimo ahakorera ubucuruzi, ahogerezwa kawa, amakusanyirizo y’amata, amashuri, imashini zuhira, ibigo nderabuzima, inganda z’icyayi, imidugudu y’icyitegererezo n’ahandi.

    Imihanda yubatswe igenda inacanirwa ku buryo irara yaka. Uyu mwaka uzarangira mu Karere ka Muhanga nibura imihanda iriho amatara ireshya na 1.565 km

    Inyigo yakozwe yerekanye ko mu Kivu harimo km3 hagati ya 250 na 300 za Carbon na Gaz Methane igera kuri km3 hagati ya 55 na 60 bikomeza no kwiyongera. Gaz Méthane irimo ishobora gutanga umuriro ungana na Megawatt (MW) 700 mu myaka 55

    source : https://ift.tt/385HFuP

  • Mutsinzi Ange yasinye mu ikipe yo muri Portugal #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mutsinzi Ange asinyiye iyo kipe nyuma y’ibyumweru bitatu yari amaze agiye gukora igeragezwa mu Bubiligi, bikaba byarangiye asinyiye Clube Desportivo Trofense yo mu gihugu cya Portugal, iri mu cyiciro cya Kabiri.

    source : https://ift.tt/3B6dKiA

  • Rusizi: Imirenge y’icyaro ikomeje kugezwamo amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Francis Cyiiza
    Francis Cyiiza

    Francis Cyiiza; umuyobozi w’ishami rya REG muri Rusizi avuga ko muri rusange bari kwihutisha gutanga amashanyarazi muri Rusizi, ariko cyane cyane bibanze ku Mirenge itaragiraga amashanyarazi.

    Cyiiza avuga ko kugeza ubu ingo 72% zifite amashanyarazi muri Rusizi harimo 62% zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari na 10% zifite amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

    Cyiiza asoza avuga ko hari imishinga myinshi ihari yo kugeza amashanyarazi mu baturage ndetse ngo 2024 ingo zose zo muri Rusizi zizaba zifite amashanyarazi, kandi ibyo bigakorwa bibangikanywa no gusimbuza imiyoboro ishaje cyangwa yari imeze nabi.

    Muri iyi Mirenge abaturage bishimiye iterambere bamaze kugezwaho mu gihe gito kubera amashanyarazi

    Bamwe mu bagejejweho amashanyarazi muri iyi Mirenge ya Bugarama, Gikundamvura na Butare bavuga ko bishimira intambwe bateye kuko bayitezeho impinduka n’iterambere.

    Kamali Kimonyi Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, avuga ko mu Murenge ayoboye hatangiye kugaragara impinduka nziza zazanywe n’amashanyarazi ndetse mbere y’uko babona amashanyarazi ubuzima bw’abatuye muri Butare bwari bushingiye ku buhinzi gusa.

    Ati: “Mbere abaturage ba hano i Butare bakoraga ubuhinzi gusa, ariko ubu aho amashanyarazi ahagereye abaturage bafite inzu zitunganya imisatsi, abandi ibyuma bisya, “papeterie”, imashini zo gusudira n’ibindi, ubu iterambere muri Butare riri kwihuta cyane.”

    Kamali akomeza avuga ko usibye iterambere rigaragarira buri wese mu baturage ryazanywe n’amashanyarazi, na serivisi batangaga ku biro by’Umurenge zahindutse kubera kubona amashanyarazi.

    Yagize ati “Ubu turatanga serivisi zihuse kubera ko dufite amashanyarazi, mbere ntitwabonaga uko dufotora impapuro cyangwa tuzemprima, nta mashini “Computer” twakoreshaga, ariko ubu byose turabikoresha kubera dufite amashanyarazi, ubu abaturage bishimira serivisi yihuse tubaha.”

    Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wa Butare yishimira ko mu myaka 2 gusa muri Butare hageze amashanyarazi ubu ingo 49% mu zigize uwo Murenge ziyafite.

    Hategekimana Claver nawe ni Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura muri Rusizi. Uyu muyobozi nawe ashima iterambere uyu murenge umaze kugeraho kubera amashanyarazi mu gihe utaramara imyaka ibiri uyabonye. Avuga ko muri icyo gihe gito muri uyu Murenge hamaze kugezwa imashini zisya zirenga 10, inzu zitunganya imisatsi zirenga 25, inzu zicuruza ibijyanye n’impapuro “Papeterie”, Ibigo nderabuzima byinshi ndetse n’amashuri akoresha amashanyarazi.

    Hategekimana avuga ko abaturage ba Gikundamvura cyera hari serivisi nyinshi batabonaga kubera kubura amashanyarazi, ariko ubu hafi ya zose bazifite.

    Uyu muyobozi asoza ashima Leta y’u Rwanda kuko mu gihe gito gusa ingo zisaga 66% ubu zifite amashanyarazi muri Gikundamvura.

    Nterane Kora Augustin, ni umusore ukoresha icyuma gisya mu Mudugudu wa Karambo, mu Kagali ka Rwambogo, mu Murenge wa Butare. Uyu musore avuga ko mbere y’uko bahageza iki cyuma gisya bajyaga gusesha muri Nyakabuye kuko ariho hari hafi hari amashanyarazi kandi bakoreshaga amafaranga y’urugendo arenga 4,000 ariko ubu izo serivisi bazibona hafi ndetse bazishimira.

    Augustin akomeza avuga ko hari bamwe bari bafite ibyuma bisya ariko bakoresha mazutu ndetse byabahendaga cyane kwishyura iyo mazutu batarabona umuriro ndetse hari bamwe babihomberagamo.

    Hagirumukiza Alphonse; umuyobozi w’uruganda rushya rutunganya umuceri muri Bugarama. Avuga ko mbere umuyoboro w’amashanyarazi wa Bugarama utaragurwa batajyaga bakora mu masaha yo ku manywa kubera umuriro muke, ariko ubu bakora amasaha yose.

    Hagirumukiza avuga ko muri Bugarama nta mashanyarazi afite ingufu bari bafite ahantu henshi, ariko ubu byakemutse.

    Imibare igaragaza ko mu Rwanda kugeza ubu ingo zifite amashanyarazi muri rusange zisaga 65,4% harimo izikoresha afatiye ku muyoboro mugari n’izikoresha adafatiye ku muyoboro mugari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.

    source : https://ift.tt/3za7Uw4

  • Iburasirazuba: Mu kwezi gutaha buri Murenge uzaba ufite urwuri rw’icyitegererezo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Gasana avuga ko uru rwuri ruzaba ruteyemo ubwatsi bw’amatungo haba ay’inyama cyangwa ay’amata, umworozi akazajya ahitamo ubwatsi atera bijyanye n’ubworozi bw’inka afite.

    Iyi gahunda ngo igamije gufasha aborozi gukoresha ubutaka icyo bwagenewe ndetse no kubashishikariza kwirinda gukura inka mu nzuri zazo.

    Igamije kandi gufasha aborozi kumenya guhinga ubwatsi bw’amatungo mu nzuri, kuzigabanyamo ibice no kumenya guhunika ubwatsi kugira ngo ubutaha inka zitazongera kujya zisonza nk’uko zimeze ubu.

    Ati “Bamenye uko bahinga ubwatsi bw’amatungo mu nzuri, kuzigabanyamo ibice kugira ngo bahunike ubwatsi, ejo ntibizongere kuba nk’uko bimeze iki gihe, ubu iki gihe inka zimeze nabi cyane, igihe cyose zihore zimeze neza kugira ngo zigirire akamaro umworozi.”

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Emmanuel K. Gasana anashishikariza aborozi kwifashisha ibisigazwa by’imyaka mu kugaburira amatungo aho kubitwika.

    Avuga ko ibisigazwa by’ibishyimbo, iby’ibigori, iby’umuceri n’ibya Soya iyo buhunitswe bakabisya uretse kuba inka zabiriye zihaga ngo byongera n’umukamo.

    Agira ati “Ukabona umuntu asaruye ibishyimbo, arahuye arangije aratwitse none ugasanga ni nko gutwika imari, biri na ngombwa yabigurisha ariko biriya bintu bifite agaciro cyane kuko bifitemo intungamubiri zituma inka ikamwa kandi ikagira umubiri woroshye.”

    Guverineri Gasana avuga ko mu rwego rwo kongera umukamo Leta izafasha aborozi kubona ubwoko bw’inka zitanga umukamo binyuze mu gutera intanga n’ibindi.

    Ikindi ni uko aborozi bazafashwa kubona ubwoko bw’imiti y’inka kandi ibegereye ndetse iri ku giciro cyiza.

    Mu kiganiro yagiriye kuri Radio y’Abaturage ya Nyagatare, mu minsi ishize ku iterambere ry’Ubworozi mu Ntara y’Iburasirazuba, Guverineri Emmanuel K. Gasana yibukije aborozi gukorera inzuri zabo ndetse anateguza ko abatazikorera bashobora kuzazamburwa.

    Yanagarutse ku kibazo cy’amazi yo mu nzuri avuga ko uretse Valley Dams zasibye zigiye gusiburwa hari n’umushinga wo kugeza amazi mu nzuri ku muyoboro wa WASAC ariko anashishikariza aborozi gufata amazi ndetse bakanagura amahema ayafata kuko ayo mahema afite nkunganire ya Leta.

    source : https://ift.tt/3mnf64n

  • Ngoma: Gitifu w’Akagari yakubiswe n’abaturage baramukomeretsa – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Kagari ka Ntovi mu Mudugudu wa Ntovi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021. Mu bakubiswe harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ntovi Burakeba Thierry ufite imyaka 39 n’umuyobozi w’Umudugudu ndetse n’abandi baturage bane bari barikumwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi, Mbarushimana Ildephonse, yabwiye IGIHE, ko aba baturage bakubise uyu muyobozi ahagana saa Kumi n’imwe ubwo yatabazwaga n’abandi baturage ko hari abantu bari kuragira mu mirima yabo.

    Yagize ati “Ni abaturage bari barimo boneshereza abandi hanyuma rero aratabara nk’umuyobozi kuko abaturage bari bamutabaje nk’umuyobozi, agezeyo baramwataka baramukubita we n’umuyobozi w’umudugudu ndetse n’abandi baturage bane, ubu inzego z’umutekano ziri kubikurikirana.”

    Uyu muyobozi yavuze ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yakomerekejwe ku kuguru kuburyo ngo yagiye kwa muganga, bakaba bamukubise inkoni nyinshi.

    Gitifu Mbarushimana yavuze ko ababikoze kuri ubu bakiri gushakishwa kugira ngo baryozwe ibyo bakoze. Yasabye abaturage kujya bubaha abayobozi babo nkuko nabo babubaha bakirinda urugomo.

    Ati “Abaturage turabasaba kwitwararika bakubaha ubuyobozi kuko natwe twubaha abaturage, iyo habayeho kubahuka umuyobozi si indangagaciro nziza, si byiza rwose gukubita umuyobozi uri mu kazi.”

    Yavuze ko kuri ubu bafatanyijwe n’izindi nzego z’umutekano bari gushakisha abaturage bose babigizemo uruhare kugira ngo babiryozwe bibere isomo n’abandi baturage.

    Ibiro by’Umurenge wa Rukumberi ari nawo ubarizwamo akagali ka Ngoma

    source : https://ift.tt/3gq5P7P

  • Aline Gahongayire agiye guhindurira ubuzima abakobwa barimo ababyaye bafashwe ku ngufu – #rwanda #RwOT

    Ni igitekerezo uyu muhanzikazi yatangaje ko agiye gushyiramo imbaraga nyuma yo guha ibyo kurya abana b’abakobwa babyaye bakiri bato n’abakecuru mu musaruro wa mbere wavuye mu gikorwa cya ‘We For Love’.

    Gahunda ya ‘We for Love’ yatangijwe n’uyu muhanzikazi ifite intego nyinshi zitandukanye zirimo no kwishyurira amashuri abana ndetse bikaba byaratangiye gukorwa.

    Ni igikorwa Aline Gahongayire yatangije, abinyujije muri Ndineza Organization, isanzwe yita ku bana ndetse n’ababyeyi bari mu za bukuru bakeneye ubufasha bwo kwivuza, gufasha abana kwiga ndetse no mu buryo bwo kwiteza imbere hagendewe ku mishinga baba bafite.

    Mu gikorwa giheruka abana b’abakobwa n’ababyeyi bageze mu zabukuru bahawe ibiribwa ndetse n’amavuta yo kubafasha, cyane ko ibihe bya ‘Guma Mu Rugo’ bitaboroheye.

    Aline Gahongayire yavuze uretse umwana w’imyaka 17 bafashaga nyuma yo kumusanga ku muhanda acuruza imineke aniga, muri ‘we for love’ igice cya kabiri bari kugikorera mu mushinga w’abakobwa babyaye bakiri mu cyiswe ‘Mimi Zawadi ya Africa’. Aba bakobwa uyu muhanzikazi avuga ko bashaka kubafasha bakiga.

    Ati “Dushaka ko bariya bana batwaye inda zidateganyijwe bakabyara mu buryo bubabaje, gufatwa ku ngufu banyweye ibiyobyabwenge bitandukanye, twifuza y’uko biga. Iyo umuntu yize hari ibintu byinshi ashobora gucamo akabyitwaramo neza.”

    Ngo aba bana ntabwo ashaka ko biga gusa amashuri asanzwe ahubwo baziga imyuga kuko nabyo hari ikintu byabafasha

    Ati “Ndahamagarira abantu bafite umutima kugira ngo dushyire hamwe, bano bana bige kuko nicyo kintu dushaka gushyira imbere kurusha ibindi byose.”

    Yavuze ko hari abafatanyabikorwa bamaze kubona ku buryo bagiye kubashakira ukuntu bazajya biga. Aba bakobwa 15 bafashijwe na Aline Gahongayire barimo abagiye bafatwa ku ngufu n’ababyeyi babo.

    Abafashijwe barimo abakobwa bakiri bato babyaye ndetse n’abageze mu za bukuru

    Abafashijwe bashimye cyane Aline Gahongayire ku bw’ubufasha yabahaye

    Aline Gahongayire aganira na bamwe mu bo yari amaze gufasha

    Abafashijwe bijejwe gukomeza gukurikiranwa kugira ngo biteze imbere

    Nyuma yo gutanga ibiribwa n’ibindi byo kubafasha muri ibi bihe, Gahongayire yiyemeje gufasha abana b’abakobwa bari mu bafashijwe bakaba bajya kwiga

    Aline Gahongayire asanzwe akora ibikorwa bitandukanye byo gufasha

    source : https://ift.tt/3gq5O3L