
source : https://ift.tt/2XU0nUw

source : https://ift.tt/2XU0nUw

source : https://ift.tt/2XJ6bju

Yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 24 Kanama 2021, mu biganiro birimo kubera mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bimuhuje n’abavuga rikumvikana bo mu nzego zitandukanye zo mu Mirenge ya Cyuve, Muhoza na Gacaca; zirimo abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku Mirenge, abahagarariye amadini, abikorera, n’ibindi byiciro bitandukanye bihabarizwa bihagarariye abandi.
Guverineri Nyirarugero, yakomoje ku bikorwa bitandukanye by’iterambere bishingiye ku bikorwa remezo byegerejwe abaturage, ibiteza imbere imibereho myiza yabo n’ibishyigikira ubukungu, bimaze kugerwaho mu Karere ka Musanze, nyuma y’imyaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye, abasaba kubisigasira no kurushaho kubirinda.

Guverineri Nyirarugero, yanagarutse ku cyorezo cya Covid-19 cyugarije isi n’u Rwanda, abwira abitabiriye ibyo biganiro ko n’ubwo hari ingaruka cyateje, cyane cyane zishingiye ku bukungu; na none ntawe bikwiye guca intege, kuko Leta irimo gukora ibishoboka byose mu gushaka igisubizo kirambye, kugira ngo yaba abaturage n’ibikorwa by’iterambere bagezeho, bidakomeza guhungabana.
Yaboneyeho kubibutsa ko mu byo basabwa, harimo no gushyiraho akabo bubahiriza ingamba n’amabwiriza atuma birinda iki cyorezo, ari na ko bitabira gahunda yo kwikingiza Leta ishyizemo imbaraga, mu kugabanya ibyago bituruka ku ikwirakwizwa rya Covid-19, bityo n’abaturage babone uko bakomeze kwiyubakira ubukungu butajegajega.
Muri ibyo biganiro birimo kuba, Guverineri Nyirarugero ari kumwe na CSP Francis Muheto, uhagarariye Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Maj.Gen. Eric Murokore ukuriye Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyaruguru n’Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru Brig. Gen. John Bosco Rutikanga, wibukije inzego zitandukanye zitabiriye iyo biganiro, kurangwa n’imyitwarire n’imikorere inoze, by’umwihariko barushaho kugendera kure ibihungabanya umutekano.

Yatanze ingero z’ibikorwa bimwe na bimwe bigenda bigaragara by’ubusinzi, urugomo, ibiyobyabwenge, ubujura n’amakimbirane bikigaragara, mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Musanze, asaba izo nzego kuba maso, barangwa n’ubufatanye mu kubikumira no gutanga amakuru y’ababigaragaramo, kugira ngo bakumirwe bataragera ku ntego yo guhungabanya umutekano, bityo urusheho gusigasirwa mu buryo butajegajega.

source : https://ift.tt/2WlXyLl

Uwo yabyaye arembye atyo yari umwana wa kane, bamwita Eviegrace, n’ubwo nyina wari umaze kumubyara atigeze agira amahirwe yo kumubona neza cyangwa se kumuterura nk’uko bivugwa n’umugabo we.
Josh, umugabo wa Samantha ubu uri mu gahinda ko gupfusha umugore we azize Covid-19, agasiga uruhinja rukivuka, yatangaje ko atari yarigeze yikingiza Covid-19, aboneraho gusaba aninginga abantu ngo bemere bikingize.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Josh yagize ati “Namaze amasaha mu bitaro ku wa kane no ku wa gatanu ndi kumwe n’umugore wanjye ubu wapfuye. Ni byo, imibare itangazwa ni yo, jya kwikingiza kugira ngo wowe, cyangwa umuryango wawe utazahura n’ibyo nahuye na byo”.
Ubu ndimo ndandika muryamye iruhande, afite imyaka 35 gusa, ntiyikingije Covid-19, ari mu isanduku agiye gushyingurwa”.
Umuhango wo gushyingura Samantha wabaye ejo ku wa Mbere tariki 23 Kanama 2021. Mu gitambo cya misa yo gusabira Samantha mbere yo kumushyingura, bahise banabatirisha umwana yasize abyaye Eviegrace.
Wari umuhango ufite umwihariko, aho bizihizaga ubuzima bakanazirikana urupfu icyarimwe, nk’uko Padiri Sean O’Donnell watuye icyo gitambo cya misa yavuze ko ari ubwa mbere abatije mu misa yo gusabira uwapfuye.
Yagize ati “Ubu ndavuga ubuzima n’urupfu icyarimwe, ni ibyishimo bivanze n’agahinda”.
Mu magambo Josh yavuze asezera umugore we Samantha, yavuze ko “nta bubabare yari afite, wabonaga ameze neza ubwo yahumekaga umwuka we wa nyuma. Ari mu bitaro yashoboye kubyara umwana wacu yagura umuryango n’ubwo atigeze abona uwo mwana neza, cyangwa se ngo amuterure mu maboko ye”.
Ati “Nzakora uko nshoboye kose Eviegrace azamenye ibyerekeye mama we byose, kuko ntazigera amubona”.
Arongera ati “Sinzemerera umuntu uwo ari we wese kumwibagirwa kandi nzahora nibuka ibihe byiza n’ubuzima twasangiye”.

source : https://ift.tt/3kmc9OR
Dr Bienvenu yemejwe nk’Umuyobozi wa FDA n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Kanama.
Yashyizwe muri izi nshingano mu gihe u Rwanda ruri mu myiteguro yo gutangiza ibikorwa byo gukora inkingo ruhereye ku za Covid-19.
Mu kiganiro yagiranye na Newtimes, yavuze ko mu biri mu nshingano za FDA nta na kimwe kizirengagizwa ariko hari ibyihutirwa kurusha ibindi.
Muri ibyo harimo gushira imbaraga mu mabwiriza agenga ibikorerwa imbere mu gihugu bitandukanye n’uko byagendaga mu myaka yashize aho zashyirwaga mu gushyiraho amabwiriza agenga ibituruka mu mahanga.
Yavuze ko mbere yo gutangira ari ngombwa kubanza kugenzura ibikorwaremezo nkenerwa bizafasha mu ikorwa ry’inkingo, ibikoresho byo kwa muganga, ikoranabuhanga rikoreshwa n’umusaruro uvamo.
Ikindi gikenewe ni ukugirana ubufatanye n’abashoramari bashobora kuza bagashora imari muri urwo rwego.
Ati “Ibyo byarakozwe na Minisiteri zibishinzwe mu gihugu. Kugeza ubu dufite abashoramari bafite ubushake bwo kuza gukorera mu gihugu ndetse bamwe bamaze kuhagera. Icyo navuga ni uko ibiganiro bitegura ikorwa ry’inkingo n’indi miti bigeze ku rwego rwiza. Tuzi abo tuzakorana na bo n’igihe tuzatangirira ariko kugeza ubu nta ruganda ruratangira ariko ibikenewe byose ngo dutangire birateganyijwe.”
Dr Bienvenu yavuze ko ibikorwa nibitangira hazakorwa inkingo zitandukanye ndetse n’indi miti yo kwa muganga mu rwego rwo kwirinda ibihombo bishobora kubaho.
Ati “Iyo tuvuga inkingo ntabwo tuba tuvuga iza Covid-19 gusa, kubera ko tuzakora inkingo zitandukanye. Iyo ukoze urukingo rw’ubwoko bumwe hanyuma icyorezo kikarangira, ugwa mu gihombo kandi ibyo ni byo tudashaka.”
Hagati ariko FDA irasabwa kuba ifite ubushobozi bwo kugenzura ibikorwa by’inganda zikora ibikoreshwa kwa muganga bwo ku rwego mpuzamahanga bugenwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS.
Hari inzego enye,nibura idafite urwa gatatu ntishobora kwemerwa ko ibi bikorwa bitangira gukorerwa mu gihugu. Kugeza ubu iki kigo kiri ku rwego rwa mbere, kikaba kiri gukora ibishoboka byose ngo kigere ku rwego rwa kabiri n’urwa gatatu icyarimwe nk’uko Dr Bienvenu yabisobanuye.
Biteganyijwe ko umwaka utaha OMS izaza gukora igenzura ngo irebe niba cyujuje ibisabwa ku rwego rwa kabiri n’urwa gatatu hanyuma ibyo ku rwego rwa kane bikazagerwaho nyuma.
source : https://ift.tt/3B9uyFC
Kuba umugabo yakwahukana mu muco nyarwanda ni ibintu bidasanzwe byakubitiraho gukubitwa n’umugore byo bikaba akarusho, kuko kuva kera abagore bagiye bafatwa nk’abanyantege nke batarangwaho ibikorwa nk’ibi.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rukomo baganiriye na Radio1 bavuze ko kuri ubu ibintu byahinduye isura, ubu abagabo basigaye bakubitwa n’abagore kugeza ubwo bahukanye.
Bavugirije yavuze ko umwana we yatewe icyuma n’umugore bashakanye bikamuviramo kumujyana mu bitaro.
Yagize ati “Barambwiye bati ‘umuhungu wawe umugore aramwishe mpita njyayo ngezeyo umugore turamushaka turamubura, umuhungu wanjye tumujyana kwa muganga, tugezeyo bamwohereza i Byumba; yari yamuteye icyuma mu mugongo.”
Abandi baturage bakomeje bavuga ko gukubitwa kw’abagabo bimaze kuba umuco muri aka gace, uwumvise arembejwe n’inkoni yahukana agahunga umugore.
Umwe yagize ati “Abagore bakubita abagabo urumva ngo byabyaye uburinganire, kera habaga umuco nta mugore wakubitaga umugabo abakuru bahari barabakizaga bakabunga. Ubu ngo ni uguhangana ubu buringanire bashyizeho bwatumye abagabo batoroka mu ngo babahunga ngo baticana.”
Undi yagize ati “Abagore b’inaha bigize ibyihebe nta mugabo ukivuga ahubwo abagabo benshi barahunze.”
Ku ruhande rw’abagore bo bavuga ko abagore bakubita abagabo babo bituruka ahanini ku mirwano itangizwa n’abagabo, abagore bakabakomeretsa birwanaho kuko batamenyereye imirwano.
Umwe yagize ati “Ntabwo tubamaze! Ushobora gutongana n’umugabo akagukomeretsa cyangwa se na we kubera umujinya kuko uri kwitabara ukaba wamukomeretsa utabigambiriye. Abagabo ntabwo boroshye.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza, Mujawamariya Elisabeth, yavuze ko usanga abagore bakubita abagabo ari abumvise nabi ihame ry’uburinganire.
Yagize ati “Uyu munsi kuba umugore yumva ko yabonye uburenganzira akaba yabubonera kuba ashobora kujya mu kabari akarenza akaguru ku kandi, yataye abana mu rugo yakabaye ari kwitaho, yataye ishingano z’urugo usanga yasinze ahetse umwana mu kabari, icyo ntabwo gikwiye ni kumwe aba atarumvise ihamwe ry’uburinganire. Ku ruhande rw’abagabo na bo badasobanukiwe neza icyo ihame ry’uburinganire ari cyo hakaba habaho gushaka kwigaranzura urumva ko hose hakigaragara icyuho.”
Yakomeje avuga ko bashyize imbaraga mu kwigisha neza iri hame ry’uburinganire kugira ngo abaturage babashe kurisobanukirwa.
source : https://ift.tt/2WnEAEj
Mu minsi ishize, nahuye n’umugabo w’Umunyaburayi. Akorera mu Rwanda no mu bindi bihugu bihana imbibi. Aho atuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge abana n’abakobwa gusa, bose baba bamukurikiyeho ikintu kimwe. Amafaranga!
Ntabwo ari amafaranga baba bamubikije, ni amafaranga baba bamukuramo ku mayeri, gusa ubona menshi ni uwo bamenyanye mbere, abandi bagenda babona ayo uwo yagennye.
Ibyo tubivemo, turaza kubigarukaho nyuma. Jama [izina twahinduye], ni iry’umusore turi mu kigero kimwe mu myaka. Aba mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro, hari Hotel agenzura umunsi ku wundi, ngira ngo ejo bundi iherutse no guhabwa inyenyeri.
Akazi ke gatangira mu masaha y’ijoro, gusa muri iyi minsi ya Covid-19 yangije ubukerarugendo, ntabwo ikibona abantu. Twaganiriye mu mwaka ushize, ansobanurira mu buryo bwimbitse uburyo hotel igiye kuzamukiza mu gihe nzi ko umushahara we ari nk’umwe wacu twese uringaniye.
Muri telefone ye, harimo nimero z’abantu n’abandi b’ubusa. Gusa umubare munini ni abakobwa, icyo abatungiye ntabwo ari ubundi bushuti, ahubwo ni uko ari bo bamubeshejeho.
Iyi ni inkuru mpamo. Umugabo uba hanze y’u Rwanda, akoze reservation ya hotel yifashishije internet, asabye icyumba muri hotel Jama agenzura.
Jama ku wa Gatanu nimugoroba yihutiye kujya kumufata ku Kibuga cy’Indege, amugeza kuri hotel ahagana saa tatu z’ijoro. Muri ako kanya, yiteye utuzi, araruhutse hanyuma ahamagara Jama amubwira ko akeneye “G”.
Mbere y’uko dukomeza, niba waragiye hanze y’u Rwanda, ukaganira n’abanyamahanga mu buryo bwo gutebya, hari ibintu benshi bazi ku Rwanda. Birumvikana Umuyobozi warwo ni ntagereranywa uzasanga hafi ya bose bamuvuga imyato, ariko hari ibindi.
“3Gs”. Ni ijambo numvise bwa mbere ndi kuganira n’umugabo twahuriye mu kabari kamwe ko muri Afurika y’Iburengerazuba. Abenshi bazi ko mu Rwanda habaye “Genocide” [Jenoside] yakorewe Abatutsi, bazi ko u Rwanda ari igihugu gikomeye mu bukerarugendo kandi ko gifite na “Gorillas” [ingagi]. Ikindi bazi ni uko gifite “Girls” [abakobwa] beza.
Iyi ngingo ya “G” ya gatatu niyo tugiye kugarukaho, n’uburyo isura yayo ikomeje guhindanywa, iteshwa agaciro kubera ubucuruzi bw’abantu mu yindi sura noneho aho bibera akandare bukorwa n’abakobwa bacuruza bagenzi babo.
Igitangaje ni uko ababukora, ni abantu mwe mwese mukoresha za Smartphone mukunda gukanda “like” ku mafoto yabo kuri Instagram. Muri iyi nkuru, ntabwo turi bushyire amazina yabo hanze.
Tugaruke kuri Jama, wa mugabo yamubwiye ko ashaka umukobwa bararana muri iryo joro. Undi na we akora ku rusinga areba muri nimero ze, iryo joro Jama yacyuye amadolari 200 ya komisiyo.
Ni we wagiye mu biciro yumvikana n’uwo mugabo amafaranga aza kwishyura “Sister”, hanyuma kandi asaturaho 100$ ayakubita ku mufuka kuko yari yamushakiye umukiliya na wa mugabo amuha andi 100$ yo kuba anywa ka Mützig aho ku ibaraza.
Abakobwa b’ikimero bakijijwe no gucuruza bagenzi babo
Inkuru mbarirano iratuba, ni ko umunyarwanda yabivuze neza. Gusa hano ndagerageza kuyibara ku buryo idatuba, ni iy’umukobwa umwe mu bazwi cyane ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda.
Ni umwe mu birahirwa na benshi, ba bagabo bafite irari iyo babonye ifoto ye bihutira gukurura ngo barebe neza itako rye ku buryo hari n’abo usanga bashaka gusatura telefoni ngo barebe hagati y’amaguru ye kandi ibyo bidashoboka.
Ahagana mu 2017 yari afite igikundi cy’abandi b’urungano rwe, bose baryoshya amafoto kakahava, barigaruriye imbuga nkoranyambaga mu gihugu. Ni bamwe batambuka abanyerari bagasigara bacira inkonda wa mugani wa KGB.
Icyo gihe yari mukuru muri abo bose, kandi aziranye n’abagabo bo mu mahanga batabarika. Umunsi ku wundi yahinduranyaga imodoka, inzu na yo ayitaka bidasanzwe ariko wareba akazi akora, ugasanga bidahura.
Abo bagabo ni bo bari bamubeshejeho, bakamumenyera buri kimwe. Ubwo yari ari kuganira n’a bo “bashuti” be, aza kuberurira ibanga, ababwira ko azi abagabo babonye amafoto yabo bakabakunda kandi ko biteguye “kurekura agatubutse”.
Yabahuje n’abo bagabo, umwe muri Nigeria n’undi i Dubai. Uko buri mukobwa yagendaga, babaga bamwishyuriye itike y’indege hari n’igihembo aza kubona, gusa uwamurangiye “akazi” yakuragamo aya komisiyo.
Mu nshuro nyinshi yagiye hanze, iyarurangiza yabaye ejo bundi mu gihugu kimwe cyo muri Afurika Iburasirazuba. Bwo ngo yari yeretswe amafoto y’umugabo baza guhura, ahageze asanga uwo yari yabwiwe atari we ari undi w’“igikanapfu” ariko kuko yari yamaze kwakira amafaranga, amahitamo “yari ukurarana na we iryo joro”.
Mu itohoza IGIHE yakoze, yabonye ibihamya by’uburyo ubu bucuruzi bukorwa. Abakobwa bamwe, bifata amashusho bari kwikinisha, bakayahereza abakuru “mu gakino” ubundi na bo bakayashyikiriza abagabo.
Hari ibiganiro twabonye by’umwe mu bavuye muri ibi bikorwa, wemeje uburyo baciririkanwaga n’abagabo.
Ati “Hari n’ubwo akubaza ati ese ura …. [wa mugenzo wa kinyarwanda ugaragaza ibyishimo by’umugore mu mibonano mpuzabitsina]. Ibyo bibaho iyo muri kumvikana amafaranga, akakubaza ati nyereka ndebe uko bimeze. Ukamwoherereza video kugira ngo ubone ko koko ari byo.”
Mu minsi ishize, hari inkuru yamenyekanye cyane ya bamwe mu bahanzikazi bivugwa ko bapfuye amafaranga y’umugabo, umwe agashwana na mugenzi we kuko yanze kumuha “komisiyo”.
Icyaje kubaturisha, ni uko wa wundi wari warangiwe akazi, yatewe ubwoba ko nadatanga “komisiyo” amashusho ye yambaye ubusa ari bushyirwe ku karubanda.
Yangirijwe imyanya ndangagitsina muri Nigeria
Abakobwa muri iki gihe basigaye banyura muri byinshi bigoye kandi biruhije. Ariya mafoto meza mubona ya bamwe, aba yavuye mu byuya, amarira n’agahinda gakomeye.
Mu 2018 Miss Mutesi Jolly yabwiye IGIHE uburyo hari umugabo wamwandikiye kuri Instagram, akamubwira uburyo yamukunze, ko ndetse yifuza ko bahura bakaganira.
Uwo mugabo ngo yamubwiye ko azamwoherereza itike n’ibindi byose hanyuma akamusanga mu mahanga aho aba. Uyu mukobwa yarabyanze, amubera ibamba burundu.
Ibyabaye kuri Jolly si umwihariko we, hari n’abandi benshi byabayeho ariko gushikama ngo bavuge ngo “OYA” bikanga, agatima kagakomeza kurehareha.
Urugero ni urw’umukobwa w’imyaka 28 wakuriye mu Mujyi wa Kigali. Yamenyaniye n’umugabo kuri Instagram nyuma y’uko amubengutse amaze kureba amafoto ye.
Urukundo rwabaye rwose, umugabo amusaba ko yazamusanga muri Nigeria bagakanira. Umukobwa yabaye incakura, ntiyahita yereka umugabo ko yashidukiye ubuzima bwiza yamubonanaga.
Umugabo yabanje kumubwira uburyo amukunda, ko afite itako ryiza rwose rimwe riteye ubusambo, ariko akamugaragariza ko ari ryo yabonye gusa, ko za gahunda zindi ntazo we akeneye.
Byageze aho amusaba ko yajya kumusura, amwizeza ko azamwoherereza amafaranga yose akeneye. Umukobwa yaranze aratsemba.
Nyamugabo na we ku ikofi yari yiyizeye, akuramo amadolari ayoherereza umukobwa, ati aya uzatege indege, aya uzatege taxis ikugeza ku Kibuga cy’Indege, aya uzaguremo utuvuta duhumura nurangiza inshuti zawe uzisaranganye aya magana angahe.
Bidatinze umukobwa yabonye amafaranga aradagadwa, ati uyu muntu unyizeye gutya, turamutse duhuye ntiyangirira nabi. Bitewe n’ukuntu bavuganaga, yumvaga ari umuntu muzima, aramwizera.
Yahagurutse i Kigali ku manywa ari ku wa Gatatu, ageze i Lagos yakirwa n’umusore neza rwose. Amujyana iwe, barasangira, barishimana, barabyina, barangije baranaryamana.
Ibyo byose byabaga umukobwa yasinze, maze umugabo aza kurabura bagenzi be ati hano niguriye agakoko muze mushikuzeho itako, na bo baraza banashingamo umuheha bashishikaye.
Umukobwa yakangutse atazi iyo ari, yirebye ariyibagirwa, ararira biratinda ahita ashaka uko ataha. Yageze i Kigali aruhukira kwa muganga arivuza kuko yari yangiritse bikomeye mu myanya y’ibanga.
Hari n’abafatiwe muri ubu bucuruzi
Momo ni umuhanzikazi nyarwanda. Yitwa Mbabazi Maureen, yamenyekanye cyane mu 2012 akora injyana ya Dancehall.
Mu 2018, uyu muhanzikazi yafunzwe umwaka urenga akurikiranyweho gucuruza abakobwa. Ibikorwa yafatiwemo ni bimwe nk’ibyo turi kuvuga hano.
Amakuru avuga ko uyu muhanzikazi, hari umwana w’umukobwa [witabiriye Miss Rwanda] yarangiye umugabo, maze kuko na we yari afite gahunda muri icyo gihugu, afata umwanzuro wo kumuherekeza.
Nubwo bari bajyanye, bivugwa ko ‘komisiyo’ yari kuyifata nta kabuza. Uko bapangaga gahunda zabo ni ko byaje kugera ku babyeyi b’umukobwa, bamenyesha inzego zishinzwe umutekano ziburizamo icyo gikorwa, Momo yisanga muri gereza atyo.
Uyu mukobwa yafatiwe ku kibuga cy’indege mu 2018 ashyikirizwa ubutabera, muri Mata 2019 aza gufungurwa nyuma y’umwaka mu gihome.
Ni kimwe kandi n’uwitwa Dabijou na we uheruka gufungwa akurikiranyweho ibyaha nk’ibi, na we yamaze igihe muri gereza nyuma aza kurekurwa.
Hari n’abasore bacuruza abakobwa b’ikimero
Mu minsi ishinze, Kid Gaju, wa muhanzi mwakunze mu ndirimbo zirimo nk’iyo yise Tornado yakoranye na Goodlife, yari imbere y’urukiko ashinjwa gucuruza abakobwa b’abanyarwandakazi.
Ubushinjacyaha bwavugaga ko amafoto yabo ayaha umuherwe wo muri Kenya witwa Jeff, ababwira ko azabaha igishoro cyo gutangira ubucuruzi, uwungutse akazasubira muri Kenya kumushimira.
Gaju ngo yarebaga amafoto y’abakobwa beza kuri Instagram, uwo ashimye akomwoherereza Jeff nawe yashima bagatangira kumureshya, yakwemera akohererezwa itike y’indege n’amafaranga yo kwitegura.
Uyu musore we ngo yahabwaga amadorali 300$ kuri buri mukobwa yoherezaga.
Yaregwaga ko yashatse kugurisha umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu 2021, byakwanga agashaka kumufata ku ngufu umukobwa akamucika. Imbere y’urukiko, Gaju yahakanye ibyaha byose.
Ikiri ukuri, ni uko benshi bamaze kwangirikira muri ubu bucuruzi, abakobwa bamwe banze kuvirira bati “ukena ufite itungo rikakugoboka”, abandi banga gukorera ayo bita “intica ntikize” mu gihe hari menshi babona nta muntu ubasaba raporo ya buri munsi.
Birakwiye ko hashyirwa imbaraga mu gukumira ubu bucuruzi kuko bukomeje koreka benshi, ubukangurambaga ku bakiri bato mu kwirinda ibishuko nk’ibi nabwo bugashyirwamo imbaraga kandi n’ababyeyi bakagaruka ku nshingano zo gukurikirana abana babo, babagira inama, babereka ko iraha n’ubuzima bworoshye nta kindi byabagezaho kitari ukubicira ejo hazaza.
source : https://ift.tt/3sFsMZO

Munyakazi Sadate yavutse iwabo ari umwana w’imfura akaba yarakuriye mu muryango w’abana 4, babiri hamwe n’ababyeyi be bahitanwa na Jenoside yakorewe abatutsi 1994 asigarana na murumuna we. Yavukiye mu Karere ka Nyanza ahahoze ari muri Komine ya Ntongwe i Busoro, akaba afite abana 5.
Uyu mugabo yaje kwiga ibijyanye n’ubukungu abiminuza mu bwubatsi akaba apiganirwa amasoko ya Leta mu bwubatsi nka rwiyemezamirimo.
Munyakazi Sadate yaje kwisanga yateye inda umukobwa bakundanaga ku myaka 17 biza kurangira banabanye, umugore yemeza ko yari mwiza kandi yujuje ibyo yakundaga, cyane ko yikundira umugore w’igikara, ufite imisatsi miremire kandi witonda.
Kimwe mu byo atajya yibagirwa ni uburyo uwo mugore yamushyigikiye, ntamutezukeho ubwo induru zari zabaye nyinshi abantu bamutuka ku mbuga nkoranyambaga mu bitangazamakuru bitandukanye n’ahandi henshi, ariko akagumya kumuba hafi.
Yagize ati “Sinigeze ncika intege ndetse n’umugore wanjye n’umuryango wanjye wose bakomeje kumba hafi cyane ko nagiye ku buyobozi bwa Rayon hashize iminsi mbitegura n’ubwo atabanje kubyumva, ariko yagezeho arabyemera ko niba abantu bambonyemo ubushobozi nabafasha”.
Sadate avuga ko n’ubwo yatukwaga hirya no hino atigeze acika intege na rimwe kuko yari azi ko gahunda yari yarihaye yo gushyira Rayon ku murongo no gukorera mu mucyo, byari ukuri kabone n’iyo yabonaga bamurwanya.
Yagize ati “Iyo undwanyiriza mu kuri kwanjye ngira ingufu zo kugukomeraho kandi inzego za Leta zanyerekanga ko zinshyigikiye ndetse zanabonaga ko ndi mu kuri. Mu nama twagize cyangwa n’ibindi bikorwa twahuriyemo nta muntu wambwiye ko ntari mu kuri”.
Ifungwa rya Sadate n’ibyamubabaje mu buzima bwe
Munyakazi Sadate avuga ko yigeze gufungwa azira gahunda ya Girinka ubwo baguze inka zimwe zikaza gupfa, abantu bakamutemeraho itaka agafungwa ariko akaza gufungurwa.
Yagize ati “Nafunzwe iminsi 29 harimo imwe namaze muri gereza ya Muhanga, inzego za Leta zaje gushishoza barandekura ndataha mburana ndi hanze ndetse nza no gutsinda urubanza”.
Sadate avuga ko yananiwe kurya muri gereza bisaba ko umugore azajya amugemurira inyama (Steak), ikaranze yumutse akunda, kugira ngo abashe kubaho, iyi nyama ngo akaba ari na byo biryo bye akunda, ndetse akaba iyo yasohotse ari yo yikundira.
Munyakazi ntateze kwibagirwa Jenoside yamwiciye umuryango, ikamuhekura ndetse ikabasiga iheruheru.
Yagize ati “Umuntu utarahura na Jenoside sinamwifuriza ko yamubaho, uzi kubyuka mu gitondo ukabura byose, abavandimwe inshuti ibintu byose bikagenda, bigakorwa n’abaturanyi mwabanaga muri byose mwakamiye, biteye ubwoba. Kugeza na n’ubu nananiwe kubyakira, wumve ko n’amatongo y’iwacu nabuze imbaraga zijya kuyasana kandi ntabuze ubushobozi”.
Ikindi atazibagirwa ngo ni uko yabyaye afite imyaka 17, akaba afite umwana mukuru kandi bangana, byaratumye akora cyane akiri muto ndetse akaba yifuza kuzakora ibikorwa by’urukundo ageze mu myaka 45, dore ko ubu afite imyaka 40 kubera ko yakoze akiri muto.
Ikindi Sadate yishimira ni uburyo hari abantu, cyane abize bamushimira uburyo yahaye icyerecyezo ikipe ya Rayonsport.
Munyakazi Sadate yahoze yitwa David
Munyakazi Sadate avuga ko yavukiye mu muryango w’abakristu gaturika ndetse akaba yarasomaga agacupa ariko akaza kuba umuyoboke w’idini ya Islam, ndetse izina yakuranye rya David aza kurisimbuza irya Sadate, ibi ni byo byatumye atanywa inzoga ndetse akaba adashobora no kuzisengera.
Munyakazi akunda gusohoka akajya gusura ahantu hatandukanye ari kumwe n’umuryango we, akaba umufana ukomeye w’ikipe ya Liverpool, agakunda imiziki ituje, mu Rwanda akaba umufana w’imena w’umuhanzi Social Mula.
Umuntu afataho icyitegererezo ni Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, akavuga ko buri umwe amufasheho urugero yagera aho ashaka hose.
Munyakazi avuga kandi ko yiyiziho inenge anengwa na bose, y’uko akunda kuvuga ibintu uko biri, ikindi ngo nta kunda guhita abona utuntu tudasanzwe ku buryo yabipfuye kenshi n’umugore we.
Yagize ati “Hari ubwo yabaga yambaye nk’agakanzu keza simbibone nkazabimubwira hashize iminsi nk’ibiri, ukabona arababaye gusa uko iminsi igenda ishira nagiye mbimenyera nkabyitaho”.
Munyakazi avuga ko bikwiye ko abantu badashimishwa n’ibibi biba ku bandi, ahubwo bakishimira kubazamura no kubafasha, agasaba urubyiruko kubyaza amahirwe igihugu cyabahaye yo kwiga no kwisanzura nta vangura iryo ari ryo ryose.

source : https://ift.tt/3guF6XP
Ubushinjacyaha buvuga ko ku wa 11/08/2021, uregwa, ari mu mudugudu wa Rukeri, Akagari ka Bihungwe, Umurenge wa Mudende, Akarere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba, yakoze icyaha cy’ubwicanyi, aho yishe umwana we w’umukobwa w’imyaka 15, akaba yaramwishe amunize, amuhoye ko yatinze gutaha.

Abaturanyi be bavuga ko batabaye bagasanga yarangije kumwica, bakavuga ko batazi icyo yakoresheje amwica kuko nta gikomere nyakwigendera yari afite, bityo bakaba bakeka ko yaba yaramunize.
Uregwa we avuga ko ari urushyi yamukubise ahita yitura ku kibambasi cy’inzu, yikubita hasi ahita apfa. N’ubwo uregwa ahakana ko atigeze aniga umukobwa we, raporo ya muganga igaragaza ko nyakwigendera yishwe anizwe.
Inkuru Kigali Today ikesha Ubushinjacyaha ivuga ko mu gihe icyaha cyamuhama yahanishwa igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’itegeko numero 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

source : https://ift.tt/3Ddm2qU
Muri Tombola y’uko amakipe azahura mu mikino ya CAF Champions League 2021/2022, ikipe ya APR FC yatomboye ikipe ya Mogadishu City Club, ikipe idasanzwe ifite ibigwi mu mupira w’amaguru ugereranyije na APR FC.

Mu kiganiro Radio Flash yagiranye na rutahizamu w’iyi kipe ukomoka muri Côte d’Ivoire, Marc Olivier Boue Bi, yatangaje ko hari byinshi benshi bitiranya kuri iyi kipe n’igihugu cya Somalia muri rusange, aho yavuze ko bakina mu mutekano usesuye bitandukanye n’ibyo benshi batekereza.
Yagize ati “Hano muri Mogadishu, ibintu byose bimeze neza, aha ndashaka kugaruka cyane ku bibwira ko nta mutekano na muke uhari, oya, turi mu mutekano usesuye, tumeze neza, ni umujyi w’akataraboneka, football irakinwa mu buryo bwiza nk’ibisanzwe mu mutekano usesuye, ikimenyimenyi twasoje shampiyona, twasoje season mu buryo bwiza, ndashaka kuvuga ko byose biri kugenda neza mu mahoro mu mutekano.”

Uyu rutahizamu kandi yakomeje avuga ko na bo ubwabo Mogadishu City Club ari ikipe ikomeye kandi yiteguye guhatana, avuga ko azi bamwe mu bakinnyi APR FC yakuye muri Rayon Sports (n’ubwo bamwe mu bo yavuze bayivuyemo).
Ati “Ikipe ya Mogadishu City ni ikipe nk’indi kipe iyo ari yo nka APR , nk’indi club iyo ari yo yose, intego ya buri kipe ni uguhangana , gutsinda cyangwa kwitwara neza, nta kuvuga ngo ese dushoboye gutsinda APR , oya, ni Football, ni ukubaha Football, ni ukubaha uwo muhanganye, tombola yaduhaye APR, tuzakina uyu mukino, ni ibyo.”
“Nk’uko mubizi njye ndi umunyamahanga nko mu yindi kipe iyo ari yo yose, hari abanyamahanga ni cyo giha agaciro Football, mu Burayi hose hari abanyamahanga mu ikipe mu kuzamura urwego rwa shampiyona muri make ni ibyo.”
“Hari icyo nzi kuri APR , nzi ko APR ari ikipe nyarwanda, nzi abakinnyi bamwe na bamwe ba APR, kuko nigeze gukina Champions League na Rayon Sports, hari abakinnyi ba Rayon kuri ubu bari muri APR , nka Djabel, nka Thierry, Sefu Olivier, benshi, byibuze nzi abakinnyi bamwe na bamwe, nzi gake APR, ariko bitimbitse.”

“Ku byerekeye shampiyona, twasoje shampiyona hashize iminsi mike, turacyari mu myiteguro, navuga ko buri wese ni uwo kwitondera, buri wese afite ibyo ashoboye , dufite intego imwe twese turahangana , navuga ko ntawe urenze cyangwa urusha undi, kuko twese dukina nk’umuryango.”
“Umwaka ushize sinari mu ikipe , ubwo yakinaga Champions League, naje uyu mwaka, ndatekereza ko match izongera gukinirwa muri Djibouti nko mu mwaka ushize, navuga ko imyiteguro igenda neza, turatuje, tumeze neza, morale iri hejuru, dutegereje gusa match, ni ibyo”
Umukino ubanza uzahuza aya makipe yombi uteganyijwe kubera muri Somalia hagati y’itariki ya 10-12/09/2021, mu gihe umukino wo kwishyura uzabera mu Rwanda hagati y’itariki ya 17-19 Nzeri 2021, ikipe izabasha kurenga iki cyiciro ikazahura na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia.

source : https://ift.tt/3zge2Ts