Tag: featured

  • RwandAir yahagaritse ingendo ku bava muri Zimbabwe na Afurika y’Epfo bajya i Dubai #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibihugu byinshi byo ku isi byahagaritse ingendo ziva cyangwa zijya mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (birimo Zimbabwe na Afurika y’Epfo), kuko ngo byibasiwe na virusi nshya ya Covid-19 yitwa Omicron.

    RwandAir ivuga ko yafashe iki cyemezo ishingiye ku kuba Leta zunze Ubumwe z’Abarabu zakumiriye ingendo z’indege ziva muri ibyo bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo guhera kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021.

    Icyakora RwandAir yizeza abagenzi bari bamaze kugura amatike ko izabajyana mu gihe ingendo zizaba zisubukuwe, nta kiguzi kindi cyangwa icyiyongeraho basabwe.

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko na yo itewe impungenge na Omicron nk’uko isi yose kugeza ubu irimo guha akato ibihugu bimaze kugaragaramo iyo virusi.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije avuga ko igiteye impungenge kuri iyo virusi ari uko mu bantu bose barimo kwipimisha mu bihugu yagezemo, 1/3 ari abagaragaza ko bayanduye.

    Ibi byatumye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe iterana kuri iki Cyumweru yanzura ko umuntu wese uvuye mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo abanza gushyirwa mu kato k’iminsi irindwi, ndetse ko u Rwanda rwasubitse ingendo ziganayo.

    source : https://ift.tt/3ro3D7r

  • Abagize Inama Njyanama z’Uturere bari mu mahugurwa bahawe ubutumwa bukomeye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni amahugurwa y’iminsi umunani yatangiye tariki 23 Ugushyingo 2021 yitabiriwe n’abagize inama Njyanama 459 baherutse gutorwa mu turere 27, aho bari guhugurwa kuri gahunda za Leta, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kuzimenya barushaho no kumenya inshingano bahawe.

    Mu kiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney tariki 27 Ugushyingo 2021 kijyane n’inshingano, imikorere n’imikoranire byafasha mu kuzuza inshingano zabo, yabwiye abitabiriye ayo mahugurwa ko bakwiye kwigirira icyizere, bishimira ko batowe, ariko abibutsa ko ikiruta byose ari icyizere bagiriwe.

    Yagize ati “Mu nshingano, umuntu ayoborwa mbere na mbere na bwa bushake bwatumye yiyamamaza, mwagiriwe icyizere, mukwiye kwishimira ko mwatowe, ariko ikiruta ibindi mukishimira ko muhawe amahirwe yo guha serivise nziza Abanyarwanda, muri iki gihugu kiyobowe na Perezida Kagame”.

    Arongera ati “Kugira ngo izi mpinduka abaturage babategerejeho zigerweho rero, birabasaba ko mu cyumweru cya mbere cy’akazi mutegura neza inyigo y’aho mushaka kuvana abaturage n’aho mushaka kubageza”.

    Ni ikiganiro Minisitiri Gatabazi yatanze nyuma y’ikiganiro cyatanzwe n’Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda, ushinzwe ibikorwa DIGP Felix Namuhoranye, ikiganiro gifite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’abayobozi b’inzego z’ibanze mu kubungabunga umutekano.”

    Arongera ati “Umutekano Perezida Kagame adusaba kubungabunga ni uw’abaturage tuyoboye, tukamenya niba abaturage batekanye, niba babayeho neza, niba iyo barwaye bavurwa, niba abana bose biga, uwo ni wo mutekano dusabwa kugeza ku baturage”.

    Mu bindi biganiro bahawe, harimo ikivuga ku mikorere n’imikoranire y’uturere n’umujyi wa Kigali, cyatanzwe na Dr. Usta Kaitesi umuyobozi wa RGB, n’ikiganiro ku ruhare rw’inzego z’ibanze mu kubumbatira ubumwe bw’Abanyarwanda cyatanzwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Bizimana Jean Damascène.

    Hatanzwe n’ibindi biganiro binyuranye birimo, akamaro k’itumanaho n’itangazamakuru no gukorana na ryo, Imiyoborere, ubuyobozi n’imicungire y’abakozi, imishinga n’ibikorwa by’akarere, hatangwa ikiganiro ku mikorere y’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA) imaze imyaka hafi 20, hanagaragazwa uruhare rwayo mu kubaka ubushobozi bw’inzego z’ibanze, ndetse n’icyerekezo iri shyirahamwe rifite, baganira kandi no kuri Politiki yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage.

    Hatanzwe n
    Hatanzwe n’ikiganiro ku ruhare rw’itumanaho n’itangazamakuru cyatanzwe n’impuguke zinyuranye mu itangazamakuru

    Ibiganiro bibanzirizwa na siporo, ndetse na nyuma y’ibiganiro n’andi masomo ajyanye n’amahugurwa, abajyanama bagatarama mu muco wa Kinyarwanda.

    source : https://ift.tt/32vcPfB

  • #COVID19: Abanduye bashya 5 babonetse mu bipimo 20,915 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda ni 1,342.

    source : https://ift.tt/31cquaE

  • Huye: Abajyanama barangije manda babwiwe ko nta mujyanama ucyura igihe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahoze ari abajyanama b
    Abahoze ari abajyanama b’Akarere ka Huye babiherewe ibyemezo by’ishimwe, banabwirwa ko umujyanama adacyura igihe

    Dr Aisha Nyiramana wayoboye inama njyanama y’akarere ka Huye muri manda irangiye, akaba yaranatsindiye gukomeza kuyiyobora mu myaka itanu iri imbere, yabwiye abari abajyanama bagenzi be ko n’ubwo bashoje manda, bazakomeza kubiyambaza nk’abajyanama, kuko ngo umujyanama adacyura igihe.

    Yagize ati “Mwari imboni mu mirenge mwari muhagarariye mu nama njyanama, murakomeze mutubere imboni. Abaturage bari babatoye babizeye, muzakomeze kubavuganira, cyane ko mwebwe muzi n’aho mwakomanga ibibazo bafite bigakemuka.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege yunze mu rya Perezida wa Njyanama agira ati “Muhinduye ingamba, ariko inshingano z”ubujyanama ntabwo muzihagaritse.”

    Yunzemo ati “Nk’abajyanama bazi uko inama njyanama zikora n’uko ibibazo by’abaturage bikemuka, icya mbere tubasaba, muzadufashe ntihazagire umuturage uzarengana. Ariko natwe tuzashyiraho uburyo bwo gukomeza gukorana inama nyunguranabitekerezo, abo duhura nk’abavuga rikumvikana mu buryo bumwe cyangwa ubundi.”

    Abajyanama bashoje manda na bo bavuga ko batazahwema kuvugira abaturage bari basanzwe bahagarariye.

    Uwitwa Didacienne Musabimana wari umaze imyaka 15 mu nama njyanama y’Akarere ka Huye ati “Twakoze uko dushoboye kose, ibibazo by’abaturage bigenda bikemuka, turabavugira. N’ubwo dushoje, ubujyanama buracyakomeje. Tuzakomeza kugira inama abaturage, tube n’ijisho ry’akarere n’igihugu.”

    Marthe Mukasine na we wari umaze imyaka 15 mu nama njyanama y’Akarere ka Huye ati “N’ubwo dushoje manda, ubujyanama ntabwo burangiye. Tugiye gukomeza kuba ijisho ry’akarere, dukorane n’abaturage nk’uko bisanzwe, ikibazo kizavuka hasi aho ku karere batabasha kugera tuzajya tukibagezaho kugira ngo bagikemure.”

    Denis Butera na we ushoje manda ati “Mu by’ukuri, gukorera igihugu ntabwo bisaba kuba uri ku rwego uru n’uru. Umuturage w’u Rwanda, uzi icyerekezo cy’igihugu, yagikorera aho ari hose. Nkatwe twabaye abajyanama tuzakomeza gufatanya n’abaturage kugira ngo tubayobore aho bakemurira ibibazo, tunabafashe mu bikorwa bitandukanye biteza imbere iterambere ryabo n’imibereho yabo muri rusange.”

    Manda irangiye yari igizwe n’abajyanama 27, naho iy’ubu igizwe na 17. Abajyanama batanu gusa bari muri manda icyuye igihe ni bo bongeye gutorwa.


    source : https://ift.tt/31agIWX

  • Bugesera: Rotary Club Kigali Doyen yafatanyije n’abaturage gutera ibiti birimo iby’imbuto ziribwa – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 27 Ugushyingo 2021 ku bufatanye n’Umuryango World Vision, haterwa ibiti bivangwa n’imyaka 1.200 ndetse n’ibyera imbuto ziribwa 350.

    Rotary Club Kigali Doyen ni imwe mu munani zigize Umuryango w’abagiraneza wa Rotary Club Rwanda, ubarizwamo rotaract clubs z’urubyiruko na interact z’abakiri bato. Ni yo yabayeho bwa mbere muri zose kuko yatangijwe mu 1966.

    Kaburame Julien ushinzwe Umutungo muri Rotary Club Kigali Doyen, yatangaje ko bari basanzwe bafite inkingi esheshatu bagenderaho ariko hakaza kwiyongeraho iya karindwi yo kugira uruhare mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije.

    Ati “Dufite inkingi zirindwi tugenderaho mu bikorwa byacu zirimo kwigisha abantu gusoma no kwandika, gukumira amakimbirane, gufasha umubyeyi n’umwana n’izindi. Hari n’iyi ya karindwi twungutse vuba yo kurengera ibidukikije. Ni muri urwo rwego Club yateguye igikorwa cyo gutera ibiti.”

    Kugira ngo icyo gikorwa kigende neza, hisunzwe World Vision kuko yo ifite uburambe mu gutera ibiti, ikaba izi n’aho bituruka ndetse n’aho bigurirwa, bihurirana n’uko iri gukorera mu Murenge wa Rweru.

    Frank Muhozi ushinzwe gukurikirana gahunda za World Vision ku rwego rw’Igihugu yavuze ko ubufatanye na Rotary Club ari ubw’agaciro cyane kuko bwihutisha gahunda yo kongera ibiti.

    Yakomeje ati “Akarere ka Bugesera kimwe n’Uburasirazuba muri rusange kabamo izuba ryinshi. […] Tutahitayeho ngo tuhatere amashyamba kubera imvura nkeya, yabura burundu. Ikindi haragenda haturwa cyane kandi uko abahatuye biyongera ni ko bashobora kwangiza ibidukikije kandi vuba. Ubwo rero tugomba gushyiramo imbaraga nyinshi, dutera ibiti ariko tukanabigisha kubibungabunga.”

    Eng Mukunzi Emile ushinzwe Ibidukikije mu Karere Bugesera yasobanuye ko igikorwa nk’iki gifatwa nk’indashyikirwa kuko gihindura imibereho y’abaturage haba mu kubarinda ingaruka ziva ku iyangirika ry’ibidukikije ndetse n’imirire mibi.

    Umuyobozi Wungirije ushinzwe Imari n’Abakozi mu Murenge wa Rweru, Mutuyimana Jean Claude, yashimiye byimazeyo Rotary Club Kigali na World Vision ku bwo kubashyira imbere mu bagejeweho igikorwa cy’ubufatanye bwabo.

    Umudugudu w’Icyitegererezo wa Rweru watewemo ibyo biti ni wo wa mbere watashywe bwa mbere na Perezida wa Repubulika. Utujwemo imiryango 296 igizwe n’abaturage basaga 2.000 bakuwe mu Birwa bya Mazane na Sharita, bafite n’igikumba rusange cy’inka 160.

    Bamwe mu bahatuye babwiye IGIHE ko guhabwa ibiti byabakoze ku mutima kuko bizabarinda igwingira, bikabakenura ariko bikabafasha no kubona imvura n’umwuka mwiza wo guhumeka.

    Uwitwa Ntihabose Etienne nyuma yo gutererwa ibiti bya avoka yagize ati “Nintangira kuyisarura abana bazarya, umusaruro nuba mwinshi njyane ku isoko, ku buryo nabonamo n’amafaranga nagura nk’isabune ngafura nkumva meze neza.”

    Uwitwa Mukangango Annonciata we amaze imyaka ine aterewe ibiti by’imbuto ndetse ari hafi gusarura iza mbere. Yashimangiye ko intungamubiri zazo zizatuma bagira ubuzima bwiza bakirinda imirire mibi ndetse bakabasha kubona amafaranga bikenuza.

    Yakomeje ati “Ibi biti bivangwa n’imyaka nabyo iyo bikuze bizana umwuka mwiza umuntu akumva amerewe neza. Kandi iyo bihari bikurura n’imvura ikagwa.”

    Abaturage basabwe gufata iya mbere bakarinda ibyo biti ntibyangizwe bityo bikabasha gukura neza, bigatanga umusaruro byitezweho.

    Kaburame yavuze ko icyo gikorwa kiri mu murongo wa Guverinoma wo kongera amashyamba hagamijwe ko u Rwanda ruba icyitegererezo mu kubungabunga ibidukikije.

    Rotary Club Kigali Doyen isanzwe igaragara no mu bindi bikorwa byo gushyigikira serivisi ziteza imbere imibereho myiza y’abaturge nk’amazi meza, kubungabunga ibidukikije, kurwanya indwara z’ibyorezo no gutanga umusanzu mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage.

    Eng Mukunzi Emile ushinzwe Ibidukikije mu Karere Bugesera asuka amazi ku giti

    Frank Muhozi ushinzwe gukurikirana gahunda za World Vision ku rwego rw’Igihugu yavuze ko ubufatanye na Rotary Club ari ubw’agaciro cyane

    Ibiti byatewe birimo ibivangwa n’imyaka

    Ibiti byatewe birimo ibyera imbuto ziribwa 350

    Ibiti byera imbuto ziribwa bizaterwa ni 350

    Inzego za Leta ziri mu bafashije abaturage gutera ibiti

    Kaburame Julien asukira igiti amazi

    Kaburame Julien ushinzwe Umutungo muri Rotary Club Kigali [iburyo] afatanya n’umuturage gutera igiti cyera imbuto ziribwa

    Umuturage usukira amazi igiti kimwe kiri mu byatewe

    Rotary Club Kigali Doyen yafatanyije n’abaturage gutera ibiti birimo iby’imbuto ziribwa

    Iki gikorwa cyitabiriwe n’abanyamuryango batandukanye

    Inzego zitandukanye zagize uruhare muri iki gikorwa

    Abaturage bashimye igikorwa cya Rotary Club Kigali Doyen na World Vision

    source : https://ift.tt/3rgOvIN

  • Abasirikare 150 b’u Buholandi bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru abo basirikare basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, basobanurirwa amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira inzirakanrengane zirenga 250 000 ziharuhukiye.

    Ambasaderi w’u Buholandi mu Rwanda Matthijs Wolters, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yagaragaje ko ibihugu biba bikeneye ingabo zifite ubuyobozi bushyize imbere kurengera abaturage, ari nacyo cyabuze mu gihe cya Jenoside.

    Yavuze ko ibyabaye mu Rwanda ari amasomo akomeye adakwiye kwibagirana.

    Yaboneyeho umwanya wo gushimira RDF kuba yarahaye abasirikare b’u Buholandi amahirwe yo kwiyungura ubumenyi mu Rwanda.

    Umuvugizi wa RDF, Col Ronald Rwivanga yashimye ubufatanye bukomeye buri hagati y’Ubwami bw’u Buholamdi n’u Rwanda mu ngeri zitandukanye zirimo amahugurwa agaruka ku butabera, ajyane no gukemura amakimbirane ndetse no gushyigikira ibikorwa bya RDF byo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye.

    Yashimangiye ko amasomo abasirikare b’u Buholandi bagiye guhabwa azakomeza umubano w’igisirikare cy’ibihugu byombi.

    U Rwanda n’u Buholandi bisanzwe bifite umubano ukomeye mu bijyanye n’igisirakare, uturuka ku masezerano yashyizweho umukono mu 2005 y’ubufatanye mu bya gisirikare.

    Abasirikare b’u Buholandi bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi

    Aba basirikare basobanuriwe amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

    U Buholandi n’u Rwanda bisanzwe bifitanye umubano ikomeye mu gisirikare

    Ambasaderi w’u Buholandi mu Rwanda, Matthijs Wolters yashimye RDF kuba igiye guha itsinda ry’abasirikare b’igihugu cye amahugurwa

    source : https://ift.tt/3FSU2cD

  • François Ngarambe yasabye urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi kubyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama Nkuru y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi yateraniye i Rusororo muri Intare Conference Arena, kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2021.

    Yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Rubyiruko; umuco, amateka n’indangagaciro byacu ni ishingiro ry’iterambere”.

    Yahurije hamwe urubyiruko ruhagarariye urundi mu Mujyi wa Kigali, Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburasirazuba n’Uburengerazuba. Bamwe bahuye imbonankubone abandi barimo abari mu mahanga bitabira ku ikoranabuhanga.

    Haganiriwe ku bibazo bitandukanye byugarije urubyiruko rw’u Rwanda n’uko abagize urwo Rugaga bagira uruhare mu kubikemura, hibandwa ku byagezweho mu myaka ibiri ishize n’ibigiye gukomeza kongerwamo ingufu.

    Ngarambe yibukije abitabiriye Inama ko ubwo Perezida wa Repubulika yari amaze gutorerwa indi manda mu 2017, yabwiye urubyiruko ko afitanye narwo igihango. Ni icyo gushyira imbere inyungu rusange, kurwanya ruswa n’ibindi.

    Yagize ati “Twakwishimira ko muri rusange icyo gihango kitatatiwe. Tukaba twanagaya bamwe nubwo ari bake, batannye.”

    Yavuze ko hari icyizere cy’uko urubyiruko rwiteguye “kutwerekeza mu cyerekezo 2050 u Rwanda rwihaye”, ashimangira ko bizarusaba imbaraga zirenze izakoreshejwe mu gukemura ibyarangiye.

    Ati “Mwebwe nk’urubyiruko murasabwa kuba ku isonga mu gukemura ibibazo.”

    Aha yavuzemo iby’ihohoterwa, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubushomeri, inda zitateganyijwe n’ibindi bikibangamiye iterambere ry’igihugu.

    Yavuze ko ari ngombwa ko bamenya imizi ya gakondo yabo nk’Abanyarwanda kuko ari byo bizabafasha gukomeza gusigasira igihugu.

    Ati “Nimumenye indangagaciro zacu kuko ni zo zatugize abo turi bo, ni zo zizatuma u Rwanda rutazima.”

    Yabibukije ko nta na kimwe bageraho batunze ubumwe, abasaba kwamaganira kure uwo ari we wese washaka kubabibamo amacakubiri.

    Ngarambe yanasabye urubyiruko gukoresha amahirwe yose Igihugu cyashyizeho abafasha kwiteza imbere, ndetse bagateza imbere imiryango yabo n’igihugu muri rusange.

    Inama nk’Iyi yaherukaga kuba mu 2019 ubwo hanatorwaga Umuyobozi w’urwo Rugaga mushya ari we Tuyisenge Joseph. Iterana buri myaka ibiri.

    Tuyisenge yashimiye abayitabiriye n’Umuryango FPR Inkotanyi wabafashije kuyitegura.

    Yavuze ko insanganyamatsiko yayo yatoranyijwe hagamijwe kongera gusubira ku ndangagaciro z’umuco bigatuma bashikama kugira ngo Urugaga rukomeze kugera ku nshingano zarwo.

    Muri iyo nama hanatanzwe ibiganiro birimo ikigaruka ku muco Nyarwanda cyatanzwe na Tetero Solange ushinzwe guteza imbere urubyiruko muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.

    Ikigaruka ku mateka cyatanzwe na Depite Kamanzi Ernest uruhagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko, ndetse n’icyibanze ku mahirwe y’ishoramari n’ubukungu cyatanzwe n’Umuyobozi Wungirije wa RDB, Niyonkuru Zéphanie.

    Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Solvit Africa, Semafara Joseph, yasangije urubyiruko ubuhamya bw’uko yatangiriye mu bihe bigoye avuye mu Kigo cy’impfubyi, ubu akaba ageze ku rwego rushimishije. Yarusabye gushirika ubute rugakora cyane.

    Ibitekerezo byatanzwe n’abitabiriye iyo Nama by’umwihariko abagize urwo Rugaga, byagarutse ku kunenga urubyiruko guceceka ntiruvuge ibibazo bihari nk’inda ziterwa abangavu, rugirwa inama yo kujya rubigaragaza rukabimenyekanisha kare.

    Basabye ko hashyirwaho abafashamyumvire bafasha urubyiruko kwirinda ubusambanyi bugeza ku nda zitateganyijwe no kwishora mu biyobyabwenge bituma rudatanga umusaruro.

    Hagaragajwe ko urubyiruko rwo mu bice by’icyaro rufite impano nyinshi zarufasha kwihangira imirimo ariko rukaba rubura aho rumenera, hasabwa ko abagize Urugaga bafasha abo bana kuzibyaza umusaruro.

    Urubyiruko rwanibukiranyije ku baharabika u Rwanda bifashishije imbuga nkoranyambaga, rusabwa kuzikoresha ruhangana n’abasebya igihugu, ruvuga ibyiza byagezweho kugira ngo bacike intege.

    Abayobozi bo mu Nzego za Leta zitandukanye bari muri iyo Nama basezeranyije urubyiruko ko ibyifuzo n’ibibazo byatanzwe bigiye gushyirwamo imbaraga kurushaho, cyane ko ibyinshi byatangiye gutekerezwaho.

    Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François yasabye urubyiruko gukoresha amahirwe Igihugu cyashyizeho arufasha kwiteza imbere

    Tetero Solange ushinzwe guteza imbere urubyiruko muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yasabye abitabiriye Inama kuzirikana indangagaciro z’Abanyarwanda

    Iyi Nama iba buri nyuma y’imyaka ibiri

    Inama Nkuru y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi yateraniye i Rusororo muri Intare Confere Arena, kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2021

    source : https://ift.tt/3xDMlEf

  • Amategeko ajenjetse n’imyigishirize mu byatunzwe agatoki nk’imvano y’ubunyamwuga buke mu itangazamakuru – #rwanda #RwOT

    Ni igipimo cyakozwe mu ngeri eshanu zagenzuwe aho icya mbere kijyanye n’urwego rw’amategeko agenga itangazamakuru bigaragara ko anyuze abakora uyu mwuga ku kigero cya 91,0%.

    Kuba itangazamakuru ryo mu Rwanda rigena umurongo rikoreramo n’ibyo ritangaza kimwe no gufungura ibinyamakuru biri kuri 87,3%; itangazamakuru nk’umuyoboro ufasha mu miyoborere myiza na demokarasi biri kuri 85%; iterambere ry’itangazamakuru n’ubushobozi bwaryo mu bunyamwuga biri kuri 62,4% naho kugerwaho n’amakuru biri kuri 77,8%.

    Icyiciro gifite amanota make muri byose kijyanye n’ubushobozi bw’itangazamakuru hamwe n’ubunyamwuga bw’abarikora. Cyerekana ko ikigero cy’abanyamakuru bahugurwa mu mwuga kiri kuri 59,6%; uruhare rw’amahuriro y’abanyamakuru mu iterambere ry’uru rwego ruri kuri 67,8%.

    Ni mu gihe kubahiriza amahame y’umwuga byo biri kuri 57,3%; imibereho y’abakora itangazamakuru iri kuri 74,3%; ukwigenzura kw’itangazamakuru ko kwagize 67,6%; ubushobozi mu bijyanye n’ibikoresho mu itangazamakuru buri kuri 52,9% mu gihe ubushobozi mu mikoro bwo buri kuri 57,6%.

    Ubu bushakashatsi bukorwa buri myaka ibiri, bwamuritswe ku nshuro ya kane. Bwagarutweho n’abakora itangazamakuru ndetse iyi ngingo ni yo yaganiriweho mu Kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru kinyura ku bitangazamakuru bitandukanye ariko kuri iyi nshuro cyabereye mu Ishuri Rikuru rya Kabgayi, ICK.

    Cyatumiwemo abahanga mu by’itangazamakuru barimo Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu Ishami ry’Itangazamakuru, Pasiteri Uwimana Jean Pierre; Umuyobozi Ushinzwe Iterambere ry’Itangazamakuru muri RGB, Rushingwabigwi Jean Bosco; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura, RMC, Mugisha Emmanuel n’Umuyobozi w’Ishami ry’Itangazamakuru muri ICK, Hategekimana Jean Baptiste.

    Mugisha Emmanuel yavuze ko ubukungu bw’itangazamakuru buri hasi ugereranyije n’izindi nzego z’ubuzima.

    Ati “Kugira ngo umunyamakuru agire imibereho myiza, ni ibintu bitapfa guhura kuko bikiri hasi. Ukwigenzura kw’itangazamakuru nako kuracyahari hasi.’’

    Yasobanuye ko kwigenzura byareberwa mu kuba abantu basobanukiwe amategeko abagenga aho kwibanda ku bafunzwe kandi bashobora kuba bazira ibindi byaha bidafitanye isano n’itangazamakuru.

    -  Ubunyamwuga buracyari buke mu itangazamakuru

    Umuyobozi w’Ishami ry’Itangazamakuru muri ICK, Hategekimana Jean Baptiste, yavuze ko hari impamvu nyinshi zitera ubunyamwuga buke mu itangazamakuru.

    Ati “Twigisha umunyamakuru tugendeye ku bumenyi agomba kugira. Nkuko babyivugira ngo bagera ku kazi bagasanga bimwe twigishije ntibikora. Mu kazi ni ho hari imikorere itandukanye, iyo bahageze basangamo ibibazo. Niba umuntu umuhaye akazi nta mushahara, ni bwo ajya gushaka giti [amafaranga ahabwa abanyamakuru] cyangwa akandika inkuru uko byifuzwa.’’

    Ubushakashatsi buheruka bwerekanye hari abanyamakuru 1600 bafite amakarita ya RMC.

    Hategekimana yavuze ko Sosiyete na yo ikwiye kumva imikorere y’itangazamakuru ntifate uwavuze nabi ikintu nk’ushaka gusenya.

    Ati “Hari impamvu nyinshi zatuma umwuga utagenda neza. Sosiyete yacu igomba gukura, ikumva uko itangazamakuru rikora. Ubu rifite ubukene, usanga umuntu akubaza impamvu wakoze inkuru utamuvugishije ngo aguhe akantu.’’

    Yasobanuye ko hari zimwe mu nkuru zidashamaje ziri mu bituma ibinyamakuru bidasomwa, ibyo zikora ntibikurure abasomyi cyangwa ababikurikirana.

    -  Izingiro ry’ubunyamwuga buke butungwa agatoki

    Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu Ishami ry’Itangazamakuru, Pasiteri Uwimana Jean Pierre, yasobanuye ko ikibazo cy’ubunyamwuga buke gitangirira mu ishuri aho abana boherezwa kwiga itangazamakuru badafite ubumenyi buhagije.

    Ati “Abanyeshuri tubona muri kaminuza tubagenerwa na Leta, ntibareba ibyiciro ngo bize indimi, bapfa kuduha. Mbere twagiraga uburenganzira bwo kubaha ikizamini tukagira abo dufata aboherezwa mu yandi mashuri bitewe n’ibyo umuntu akeneye. Ntabwo umwana uzamwohereza kwiga itangazamakuru atazi icyo ari cyo.’’

    “Abanyeshuri duhabwa hari n’abaza batazi icyo baje kwiga. Iyo batabizi mu cyumweru cyo kubamenyereza tubanza kubasobanurira. Mu myaka yashize twari dufite amahitamo ariko ubu byavuyeho.’’

    Pasiteri Uwimana yavuze ko hari abava mu mwuga kuko kuva na kera bawugiyemo batabishaka.

    Yagaragaje ko imyaka itatu abanyeshuri biga itangazamakuru bamara muri kaminuza ari mike cyane ku buryo byagorana ko amasomo yose bayakurikirana ndetse bakayashyira mu bikorwa.

    Ati “Byaba byiza hagarutse ibigo by’amahugurwa, utarize itangazamakuru agahabwa impamyabumenyi ariko afite ibyo yize.’’

    Yakomeje ati “Ikindi kibazo ni amategeko y’itangazamakuru avuga ko umunyamakuru ari ufite ubumenyingiro bw’ibanze, ntibavuga aho buhera n’aho burangirira. Nuzi gusoma no kwandika agomba kuba afite ubwo bumenyi?’’

    Pasiteri Uwimana avuga ko mu mwuga usanga harimo abanyamakuru na ba bandi ‘bacuruzaga imigati bavuye mu muhanda bahombye’ bakariyoboka.

    Rushingwabigwi Jean Bosco yasobanuye ko RGB ifite inshingano zo kujya inama, ikareba ibyigishwa niba bikenewe ku isoko ry’umurimo.

    Ati “Muri aya mabwiriza ni ho duteganya ko mu gihe cyo gukora amavugurura, abakoresha bahura n’abayobozi ba kaminuza. Igipimo cyerekanye ibibazo; hakenewe ahantu ho kubiganirira kugira ngo bikemuke.’’

    -  Amategeko y’itangazamakuru ari hafi kuvugururwa

    Abitabiriye iki kiganiro basobanuye ko kuba abashaka gukora itangazamakuru badahezwa ndetse hakaba n’abafite ikarita ya RMC nta mashuri abibemerera bituma habaho akajagari.

    Mugisha yakomeje ati “Hari ibiganiro biri kuba bijyanye no “kuvugurura politiki y’itangazamakuru, bizanatuma n’amategeko ahari yahinduka ku buryo yagira bimwe na bimwe akemura. Nubwo harimo ibyuho hari ibiganiro biri gukorwa ku buryo habaho amavugurura akenewe.’’

    Kugeza ubu hari gukorwa ibiganiro ku bikeneye gukorwa hashingiwe ku

    Rushingwabigwi yasobanuye ko hari gukorwa ibiganiro bigamije kunoza “umwuga w’itangazamakuru ufite agaciro ku bagomba kuwukora.”

    Hari gukorwa ibiganiro bizasiga havuguruwe politiki y’itangazamakuru ndetse n’amwe mu mategeko agenga abakora uyu mwuga

    source : https://ift.tt/3D0UELs

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yiga kuri COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Amakuru dukesha urukuta rwa Twitter rwa Village Urugwiro, agaragaza ko Perezida Kagame yayoboye iyi nama ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021.

    Iyi nama iteranye mu gihe Isi ihangayikishijwe n’ubwoko bushya bwa Coronavirus buzwi nka Omicron. Bwagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo ku wa 24 Ugushyingo 2021. Kugeza ubu bumaze kugera no mu bindi birimo n’ibyo ku Mugabane w’u Burayi.

    Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iyi virusi nshya, u Rwanda rwasubijeho akato ku bagenzi bava mu mahanga. Minisiteri y’Ubuzima kandi yashishikarije Abaturarwanda gukomeza kwitabira gahunda yo gufata urukingo rwa Covid-19, kuko arirwo rushobora kubarinda.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, aherutse kuvuga ko ubu aho Omicron yagaragaye hose iri gusuzumwa hakoreshejwe ibipimo bisanzwe, ibyo bigatanga icyizere ko iramutse igeze mu gihugu ubushobozi buhari bwatuma iboneka.

    Kugeza ubu hari gukorwa inyigo zigamije kureba niba iyi virusi yaba yica cyane kurenza izari zisanzwe, gusa icyamaze kugaragara ni uko yandura cyane kuzirenza.

    Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yiga kuri COVID-19

    Iyi nama nshya iri kwiga kuri COVID-19 by’umwihariko ubwoko bushya bwa Omicron

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ngabitsinze Jean Chrysostome aganira na Minisitiri w’Ibidukikije, Mujawamariya Jeanne d’Arc

    source : https://ift.tt/3G0I3Kh

  • Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yafashe n’umwanzuro wo gusubika ingendo z’indege zijya mu bihugu bya Afurika y’Amajyepfo kuko byibasiwe na virusi nshya ya Covid-19 yitwa Omicron.

    Abantu bose bavuye muri ibyo bihugu cyangwa baherutse gukorerayo ingendo bagomba kubanza gushyirwa mu kato k’iminsi irindwi muri hoteli zabugenewe kandi bakiyishyurira ikiguzi.

    Abavuye mu bindi bihugu byo hirya no hino ku isi na bo bagomba kwishyira mu kato k’umunsi umwe(amasaha 24) muri hoteli zabugenewe kandi bakiyishyurira ikiguzi cya serivisi bahabwa.

    Inama y’Abaminisitiri yanzuye kandi ko Abaturarwanda bose bakomeza amabwiriza yari asanzweho yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo Covid-19, bagakangurirwa kwikingiza byuzuye no kwipimisha kenshi.

    Inama y’Abaminisitiri yatangaje ko uretse Leta y’u Rwanda, impungenge zatumye hafatwa ingamba nshya kuri Covid-19 zavuye ku zifitwe n’Ishami rya Loni ryita ku Buzima(WHO).

    source : https://ift.tt/3cXTfe2