Tag: featured

  • Covid-19 yatumbagije inguzanyo z’u Rwanda; amaherezo azaba ayahe? – #rwanda #RwOT

    Iri hungabana ry’ubukungu, rijyanye n’igabanuka ry’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga ndetse n’igabanuka ry’umusaruro w’igihugu muri rusange, ryatumye icyuho kiri mu ngengo y’imari kigera ku 8.7% by’umusaruro mbumbe w’ingengo y’imari muri uyu mwaka nubwo byitezwe ko kizagabanuka ku kigero cya 7.5% mu mwaka utaha ndetse kikagera kuri 5.1% mu 2023/2024.

    Mu rwego rwo kuziba iki cyuho, ndetse no gukomeza gushyira mu bikorwa imishinga y’iterambere, u Rwanda rwayobotse amasoko y’imbere no hanze y’igihugu, rushaka inguzanyo zikenewe cyane muri ibi bihe bikomereye ubukungu bwarwo.

    Kuva muri Kamena umwaka ushize kugera muri Kamena uyu mwaka, inguzanyo z’u Rwanda ziyongereyeho 12.2% by’umusaruro mbumbe w’igihugu, zigera kuri 76.2% zivuye kuri 63.9%. Muri rusange, inguzanyo z’u Rwanda zingana na miliyari 7687.3 Frw.

    Igice kinini cy’inguzanyo z’u Rwanda kigizwe n’inguzanyo ziciriritse, zingana na 86.2%, ziturutse ahanini mu bigo birimo nk’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) na Banki y’Isi. Izi nguzanyo uzasanga ari iz’igihe kirekire, ndetse zishyurwa ku nyungu nto cyane, ishobora no kugera kuri 0%, nk’uko bimeze ku nguzanyo ya miliyoni 200$ u Rwanda ruherutse guhabwa na IMF izishyurwa ku nyungu ya 0%.

    Ku rundi ruhande, 13.8% by’inguzanyo z’u Rwanda, zatanzwe n’ibindi bigo birimo banki z’ubucuruzi n’izituruka ku isoko mpuzamahanga ry’impapuro mpeshamwenda, ari naho u Rwanda ruherutse gukura miliyoni 620$. Izi nguzanyo zikunze kuba zihenze, aho zishyurwa ku nyungu iri hejuru ya 5%, kandi zikaba ari iz’igihe gito, gikunze kuba imyaka 10.

    Igice kinini cy’inguzanyo z’u Rwanda ni izo ku rwego mpuzamahanga, zingana na miliyari 5933.2 Frw kugera muri Kamena uyu mwaka. Izi nguzanyo ziyongereyeho 27.9% ugereranyije na Kamena umwaka ushize. Muri izi nguzanyo, 75% byazo bigizwe n’inguzanyo ziciriritse, 13.8% bikaba inguzanyo zatanzwe n’ibigo by’ubucuruzi mu gihe izindi 11.2% zaturutse mu bandi bafatanyabikorwa.

    Kugera mu mpera z’umwaka ushize, inguzanyo zo hanze zanganaga na 32.7% by’umusaruro mbumbe w’igihugu ariko byitezwe ko uyu mwaka uzasiga zigeze kuri 37.4% byawo.

    Hari kandi inguzanyo zaturutse imbere mu gihugu, zikunze gutangwa binyuze mu mpapuro mpeshamwenda Leta ishyira hanze buri kwezi. Muri Kamena uyu mwaka, izi nguzanyo zari zimaze kugera kuri miliyari 1754 Frw, zivuye kuri miliyari 1305.6 Frw muri Kamena umwaka ushize, inyongera ya 31.4%.

    Muri rusange, 66.3% by’inguzanyo z’u Rwanda ni izizishyurwa mu gihe kirekire, mu gihe 33.7% byazo ari inguzanyo z’igihe kiringaniye cyangwa kigufi, mu gihe imibare yo kugera mu Ukuboza umwaka ushize, yerekana ko 50.4% by’inguzanyo z’u Rwanda zizishyurwa mu madolari, naho 25.3% zikishyurwa muri ma-Euro akoreshwa ku Mugabane w’u Burayi.

    Ibikorwa by’iterambere birimo inyubako ya Kigali Convention Center biri mu byazamuye inguzanyo u Rwanda rukura mu mahanga

    Ni irihe shingiro ry’icyizere cyo kwishyura?

    Kuva u Rwanda rwatangira guhangana n’icyorezo cya Covid-19, hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaruka impungenge zijyanye n’ubushobozi bw’u Rwanda mu kwishyura inguzanyo bamwe batatinye kuvuga ko ari “umurengera”.

    Ibintu byarushijeho kujya habi ubwo u Rwanda rwamanurirwaga icyiciro, rukavanwa mu bihugu bifite ibyago bicye byo kunanirwa kwishyura umwenda, rugashyirwa mu bihugu bifite ibyago biringaniye.

    Ikigo cya Fitch Ratings gikora ubushakashatsi ku budahangarwa bw’ubukungu bw’ibihugu ku Isi, giherutse gushyira u Rwanda mu bihugu bifite inota rya ‘B+ Negative’, ruvuye mu bihugu bifite inota rya ‘B+ Stable’. Ibi bivuze ko nubwo ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kwihagararaho, Leta ikwiye gushyiraho ingamba zizatuma bukomeza gutera gutera imbere mu minsi iri imbere, kuko hari ibyago bicye by’uko bushobora gukomwa mu nkokora.

    Iki kigo kandi cyanatanze inama, kivuga ko umwe mu miti u Rwanda rukwiye gufata ari ukubaka iterambere ridashingiye ku nguzanyo ndetse no kwirinda kongera izisanzwe zihari. Ibi kandi byanagarutsweho na Banki y’Isi, muri raporo y’isesengura ry’ubukungu bw’u Rwanda iherutse gushyira hanze.

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, aherutse gutangaza ko kwiyongera kw’inguzanyo z’u Rwanda mu mwaka ushize kwari gufite ishingiro, kuko igihugu cyari gikeneye kuzanzamura ubukungu bwacyo mu gihe gito.

    Yagize ati “Umwenda w’u Rwanda wari usanzwe uri mu cyiciro cyo hasi, ariko kuva mu 2020, ubwo twahuraga n’icyorezo cya Covid-19, uwo mwenda warazamutse kandi biri ngombwa kugira ngo igihugu kibone amafaranga mu guhangana n’icyorezo, yaba mu buryo bw’ubuzima, ubukungu n’imibereho myiza.”

    Yongeyeho ati “Hari hakenewe amafaranga kugira ngo igihugu gihangane n’icyorezo, kandi mu gihe ubukungu bumeze nabi n’amafaranga yinjira aturutse imbere mu gihugu yagabanutse, birumvikana ko aho amafaranga agomba guturuka ari hanze.”

    Mu rwego rwo kurushaho kugenzura uburemere bw’inguzanyo z’u Rwanda ndetse no kwirinda ko zishobora kuzagera ku kigero kiri hejuru cyatuma Leta ibura ubushobozi bwo kuzishyura, mu 2016 hashyizweho ingamba zizatuma u Rwanda rukomeza gufata inguzanyo, ariko zitazagira ingaruka mbi ku bukungu bw’u Rwanda mu gihe kirekire.

    Icyo gihe Leta yiyemeje kujya ifata inguzanyo ziciriritse kandi z’igihe kirekire, zidashyira ubukungu bw’igihugu mu byago ibyo ari byo byose no kurushaho guteza imbere uburyo bwo kubona inguzanyo ziturutse imbere mu gihugu, aho kuba inguzanyo ziturutse hanze y’u Rwanda.

    Kugeza ubu, Leta ikomeje kongera inguzanyo zituruka imbere mu gihugu, zitangwa binyuze mu mpapuro mpeshamwenda. Buri kwezi, Leta ishyira izi mpapuro ku isoko ry’imari n’imigabane, ndetse rimwe na rimwe zishyirwa hanze kabiri mu kwezi.

    Mu mwaka ushize, Leta yashyize hanze impapuro mpeshamwenda inshuro 16. Izi mpapuro zikunze kuba zifite agaciro kari hagati ya miliyari 15 Frw na miliyari 20 Frw.

    Ubu buryo bwo kubona inguzanyo ziturutse imbere mu gihe bwitezweho kuzafasha Leta kugira ubushobozi bwo kubona inguzanyo mu buryo bworoshye, zishobora gushorwa mu mishinga yihutirwa kandi zikazishyurwa bitagoranye, na cyane ko zizishyurwa hifashishijwe amafaranga y’u Rwanda.

    Ubwitabire bw’abashoramari bifuza izi mpapuro nabwo butanga icyizere kuko buri hejuru ya 100%, ndetse n’abashoramari bato, batari ibigo by’imari nka banki, bakomeje kwiyongera, aho bugeze ku 9% by’inguzanyo u Rwanda rufite imbere mu gihugu.

    Ku rundi ruhande, ibipimo mpuzamahanga byifashishwa mu kureba ubushobozi bw’igihugu gifite mu kwishyura inguzanyo, byerekana ko u Rwanda rufite ubushobozi buhambaye bwo kwishyura inguzanyo rufite, kabone nubwo icyorezo gikomeje guca ibintu.

    Hari uburyo bubiri bukoreshwa mu kureba ubushobozi bw’igihugu mu kwishyura umwenda gifitiye amahanga. Ubwa mbere ni ubwo gufata umwenda wose w’igihugu, bakareba ingano yawo ugereranyije n’umusaruro mbumbe w’igihugu.

    Ubusanzwe ibihugu bifite imyenda, bigirwa inama yo kutaguza amafaranga ari hejuru ya 55% by’umusaruro mbumbe w’igihugu mu gihe waba ugiye kwishyurirwa rimwe. Muri iki cyiciro u Rwanda ruracyari kuri 32.7% kugera mu mpera z’umwaka ushize.

    Indi ngingo ya kabiri irebwaho, ni ukureba ingano y’amafaranga y’imyenda azishyurwa ku mwaka umwe, akagereranywa n’imisoro icyo gihugu cyinjiza kugira ngo harebwe ubushobozi bwo kwishyura umwenda nta bundi bufasha bukenewe.

    Ibihugu bigirwa inama yo kutishyura umwenda uri hejuru ya 21% by’umusoro winjizwa. U Rwanda rwari kuri 5%, uretse ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye uyu mubare uzamuka ukagera ku 8%, ariko ntuzigera urenga 10% nk’uko Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, John Rwangombwa yabyemeje.

    Ibi kandi binajyana no kugabanya inguzanyo zihenze zikunze gutangwa na banki n’ibindi bigo by’ubucuruzi, aho mu mwaka ushize zagabanutse ku kigero cya 1.6% ari nawo murongo Leta yifuza gukomeza gukoreramo.

    Ni gute u Rwanda ruri kwishyura inguzanyo rufite?

    Amafaranga Leta yishyura ku nyungu yafashe hanze, yiyongereyeho 55.8% muri uyu mwaka w’ingengo y’imari, ugereranyije n’ayo yishyuraga mu myaka ibiri ishize mbere y’icyorezo cya Covid-19.

    Ibi ariko ntibyatewe n’ubwiyongere bw’inguzanyo u Rwanda ruherutse gufata mu mwaka ushize, ahubwo byatewe n’uko n’ubundi igihe cyo gusonerwa ku nguzanyo zimwe na zimwe rwari rwarafashe cyari giteganyijwe kurangira muri ibi bihe, uretse ko byahuriranye n’icyorezo cya Covid-19 bikaba ngombwa rwongera inguzanyo rukura hanze.

    Ibi kandi byanatewe n’uburyo ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro cyane mu mwaka ushize, ugereranyije n’amafaranga y’amahanga rwafashemo inguzanyo.

    Mu mwaka ushize, ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku kigero kiri hejuru ya 5%, kiri hejuru y’ikigenwa na BNR ndetse kikaba ari nacyo kiri hejuru ifaranga ry’u Rwanda ryatayeho agaciro kuva mu 2017.

    Mu mezi arindwi ya mbere y’uyu mwaka, iri faranga ryari rimaze guta agaciro ku kigero cya 1.8%, mu gihe byitezwe ko ritazata agaciro ku kigero kirenze 2.1% muri uyu mwaka.

    Ku bijyanye n’inguzanyo z’imbere mu gihugu, amafaranga u Rwanda rwishyura yiyongereyeho 37.6% mu myaka ibiri ishize, ava kuri miliyari 87.2 Frw mu 2018/2019 (mbere ya Covid-19), agera kuri miliyari 119.9 Frw buri mwaka.

    Inguzanyo z’amahanga zigize 17% by’ingengo y’imari y’u Rwanda izakoreshwa muri uyu mwaka, aho zizangana na miliyari 651.5 Frw, mu gihe inkunga zingana na 16%, mu gihe amafaranga aturutse imbere, arimo n’inguzanyo z’imbere mu gihugu, angana na 67%.

    Inzego zishinzwe ubukungu bw’u Rwanda, zitangaza ko myaka ibiri iri imbere, inguzanyo z’u Rwanda zizakomeza kwiyongera bitewe n’ibikorwa bya Leta byo gukomeza kuzahura ubukungu bwashegeshwe n’icyorezo cya Covid-19, ariko zikazatangira kugabanuka kuva mu 2024 kugera mu 2030, aho zizaba zingana na 65% by’ingengo y’imari.

    Leta ifite ingamba zo gukomeza gufata inguzanyo zizatuma ishobora kuzahura ubukungu bwagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19

    source : https://ift.tt/3Dlrfgf

  • #AfroBasket2021: Senegal yihereranye Uganda, Côte d’Ivoire na Nigeria zibona intsinzi (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umukino wa mbere wahuje ikipe y’igihugu ya Nigeria izwi nka D’Tigers ndetse n’ikipe y’igihugu ya Mali, umukino warangiye Nigeria ari yo itsinze ku manota 81 kuri 73.

    Umukino wa kabiri wagombaga gutangira ku i Saa Cyenda zuzuye wari guhuza Cameroun na Sudani y’Amajyepfo ntiwabaye, ni nyuma yo gusanga mu ikipe ya Cameroun harimo abakinnyi bane n’umutoza umwe banduye Coronavirus.

    Undi mukino watangiye i Saa kumi n’ebyiri zuzuye wahuje ikipe y’igihugu ya Senegal n’ikipe y’igihugu ya Uganda.

    Senegal na Uganda, ni umukino waranzwe n
    Senegal na Uganda, ni umukino waranzwe n’ubuhanga bwinshi

    Aya makipe yari afitemo abakinnyi bakomeye nka Ishmail WAINRIGHT wa Uganda uheruka gusinyira Toronto Raptors ikina NBA, mu gihe Senegal yari ifitemo Gorgui DIENG ukinira Atlanta Hawks (USA/NBA)‎, na Brancou BADIO ukinira FC Barcelona yo muri Espagne.

    Mu buryo butagoranye, ikipe ya Senegal yaje kwihererana Uganda iyitsinda ku manota 93 kuri 55. Muri uyu mukino Brancou BADIO ukinira FC Barcelona yo muri Espagne ni we watsinze amanota menshi (25).

    Umukino wasoje iy’uyu munsi, ni umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Kenyay’umutoza Liz Mills wigeze no gutoza Patriots yahatanaga n’ikipe y’igihugu ya Cote d’Ivoire.

    Ni umukino utari woroshye aho uduce dutatu twa mbere amakipe yagendanaga ku manota, agace ka mbere karangira Cote d’Ivoire ifite amanota 26 kuri 24 ya Kenya, aka kabiri Cote d’Ivoire ifite amanota 39 kuri 39 ya Kenya, umukino uza kurangira Cote d’Ivoire itsinze uyu mukino n’amanota 84 kuri 70 ya Kenya.

    source : https://ift.tt/3zo5ha8

  • Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yashimye imyitozo itangirwa mu ishuri rya Polisi i Gishari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri iryo shuri bakiriwe n’umuyobozi waryo, CP Robert Niyonshuti, yishimiye abashyitsi ku kuba bahisemo kuza gusura Polisi y’u Rwanda bakanahitamo gusura ishuri rya Polisi y’u Rwanda (PTS-Gishari), bakirebera imyitozo ihatangirwa.

    Yagize ati “Uru ruzinduko rwanyu rufite agaciro gakomeye kandi amasezerano y’ubufatanye mwasinyanye na Polisi y’u Rwanda ni ingenzi cyane. Azadufasha kungurana ubumenyi mu bapolisi bacu nk’uko mwaje gusura iri shuri ritanga amahugurwa atandukanye ku bapolisi”.

    CP Niyonshuti yeretse abashyitsi ibice bitandukanye bigize ishuri ry’amahugurwa ariko cyane cyane basuye ahatangirwa imyitozo yo kumasha (range ground), ndetse banasura abapolisi bari mu myitozo ibategura kujya mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro (FPU).

    Ahakorerwa imyitozo yo kumasha basuye inzu ikorerwamo iyo myitozo ndetse banerekwa ahakorerwa imyitozo nk’iyo ariko noneho yo ikorerwa hanze. Aho hose habaga hari abapolisi bakora imyitozo ijyanye no kumasha (kurasa).

    Commissioner of Police Holomo Molibeli, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yajyaga ayumva amateka yayo mu bikorwa byayo mu gihugu imbere ndetse no hanze y’u Rwanda, cyane cyane mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro, ariko kuri iyi nshuro yagize amahirwe yo kwibonera ahaturuka ibyo bigwi.

    Ati “Najyaga numva mu itangazamakuru n’ahandi hatandukanye abantu baganira ku bigwi bya Polisi y’u Rwanda, nanjyaga numva ukuntu bavugwaho ubunyamwuga, ikinyabupfura n’umurava bikantera amatsiko yo kubasura. Uyu munsi njye n’intumwa turi kumwe twagize amahirwe yo gusura ahatangirwa imyitozo itandukanye harimo n’abitegura kujya mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye”.

    Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda ari urwego afatiyeho ikitegererezo. Yavuze ko amasezerano y’ubufatanye Polisi y’u Rwanda yasinyanye n’iya Lesotho ku wa Kabiri tariki ya 24 Kanama 2021, akubiyemo ibijyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mahugurwa. Yavuze ko ayo masezerano hari icyo azafasha impande zombi.

    Ku wa Kabiri tariki ya 24 Kanama 2021, ni bwo Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yatangiye gusura Polisi y’u Rwanda, aho ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru yakiriwe na mugenzi we uyobora Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza.

    source : https://ift.tt/3BaMBv0

  • Sobanukirwa byinshi ku guhurwa no gutwarira ku mugore utwite #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uretse gutwarira kandi habaho no guhurwa ibyo kurya cyangwa ibyo kunywa, umwuka w’ikintu runaka wamugeraho akagira isesemi akaba yanaruka. Hari n’abahurwa abagabo babo, bakumva batakwegerana.

    Bamwe bavuga ko ari uburwayi abandi bakavuga ko ari ukubyishyiramo gusa, ndetse hari n’abavuga ko rimwe na rimwe umugore yitwaza ko atwite kugira ngo agere ku cyo yashakaga.

    Ese siyansi n’ubuvuzi bibivugaho iki?

    Gutwarira ikintu akenshi bituruka ku misemburo iba irimo gukorwa kandi igakorwa ari myinshi mu gihembwe cya mbere cyo gutwita ni ukuvuga mu mezi atatu ya mbere.

    Gusa hari ibivugwa ko burya utwarira icyo umubiri wawe ukeneye kurenza ibindi, ugahurwa ibyo umubiri wawe udakeneye. Ibi akenshi bivugwa ku biribwa n’ibinyobwa. Icyakora na none bivugwa ko umugore uhurwa umugabo we akenshi baba basanzwe batameranye neza cyangwa se atajya yishimira uko bakora imibonano.

    Ubushakashatsi bukomeza bwerekana ko abantu batabasha kubona indyo yuzuye uko bikwiye, umubiri ubwawo ubategeka icyo bagomba kuwuha mu batwite.

    Urugero, nk’igihe umubiri ukeneye vitamini C kugira ngo ugire ubudahangarwa, icyo gihe ku mugore utwite ho biba akarusho kuko aba agomba kugaburira abantu babiri (we n’umwana atwite). Ibi rero bituma ashobora gutwita ararikiye amafunguro akungahaye kuri iyo vitamini.

    Icyo wakora mu gihe watwariye ikintu

    Gerageza kutabyishyiramo cyane ngo wumve ko nutakibona inda ishobora kuvamo. Icyakora niba watwariye ikintu kandi kitagoye kukibona, urugero nk’amata, aho kuyanywa ku bwinshi wafata akarahure kayo gato, bikaba bihagije.

    Ikindi mu gihe wumva wifuza ikintu runaka, ugerageza gushaka icyo uhugiraho. (Urugero, kora urugendo n’amaguru ujya ahantu hatuma uhuga, kureba umukino ukunda, kujya muri korali kuririmbi n’ibindi ukunda).

    Muri iki gihe cy’iterambere, no kuganira n’abantu ku mbuga nkoranyambaga kimwe no gusoma ibitabo cyangwa amakuru kuri Interineti birafasha.

    Gusa niba urimo gutwarira ibintu bidasanzwe nko kurigata itafari, kurya ibitaka, akenshi biterwa n’uko umubiri wawe hari umunyu ngugu uba ubura, by’umwihariko ubutare. Ibyo bikosorwa no kurya ibikungahaye ku butare byaba ngombwa ugahabwa ibinini birimo ubutare.

    Icyo gukora mu gihe wahuzwe

    Guhurwa byo ni ikindi kintu kuko akenshi bijyana n’isesemi no kuruka. Icyo uba ugomba gukora, niba wahuzwe ikintu cy’ingenzi cyane, ushaka icyagisimbura bihuje intungamubiri. Niba wahuzwe ibishyimbo, warya amashaza.

    Cyokora mu gihe umuntu yahuzwe uwo bashakanye, bisaba ko bakosora ibitagenda neza hagati yabo byaba na ngombwa bakitabaza impuguke mu bumenyamuntu.

    source : https://ift.tt/3gyJ7dU

  • Bruce Melodie agiye gukorera Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bruce Melodie
    Bruce Melodie

    Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi nyarwanda bamaze iminsi bahagaze neza haba mu gukora indirimbo zakunzwe n’abatari bake ndetse no kubona ibiraka byinshi , dore ko amaze iminsi asinya amasezerano n’ibigo by’ubucuruzi bitandukanye.

    Bruce Melodie muri uyu munsi ufite umujyanama mushya mu bikorwa bye bishamikiye kuri muzika, yari aherutse gusinya andi masezerano ya Miliyoni 150 n’ubuyobozi bw’inyubako ya Kigali Arena agamije kuyamamaza.

    Hari abakunze gushidikanya ku kuri kw’ibivugwa n’aba bahanzi mu gihe basinye ayo masezerano kuko hari abumva ko bishobora kuba ari ukubeshya kugira ngo bivugwe cyane. Icyakora Bruce melodie yatangaje ko ibi ari ukuri.

    Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi nyarwanda bamaze iminsi bahagaze neza haba mu gukora indirimbo zakunzwe n’abatari bake ndetse no kubona ibiraka byinshi , dore ko amaze iminsi asinya amasezerano n’ibigo by’ubucuruzi bitandukanye.

    Bruce Melodie muri iyi minsi ufite umujyanama mushya mu bikorwa bye bishamikiye kuri muzika, yari aherutse gusinya andi masezerano ya Miliyoni 150 n’ubuyobozi bw’inyubako ya Kigali Arena agamije kuyamamaza.

    Hari abakunze gushidikanya ku kuri kw’ibivugwa n’aba bahanzi mu gihe basinye ayo masezerano kuko hari abumva ko bishobora kuba ari ukubeshya kugira ngo bivugwe cyane. Icyakora Bruce melodie yatangaje ko ibi ari ukuri.

    Kompanyi ya Food Bundles igiye kwishyura Bruce Melodie Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ayamamaze mu myaka ibiri, ivuga ko ayo masezerano ataje atunguranye, kuko impande zombie zari zimaze amezi atandatu zirimo kuyaganiraho.

    Iyo Kompanyi yizera ko gukorana na Bruce Melodie bizatuma igera ku rundi rwego ikava ku bihumbi bitatu by’abahinzi ikorana na bo ikagera ku bihumbi 300.


    source : https://ift.tt/3Ba6Usl

  • Umurambo bikekwa ko ari uw’Umunyarwanda Steve Nkusi wabonetse mu kiyaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abazi Steve Nkusi bazamwibuka nk
    Abazi Steve Nkusi bazamwibuka nk’umuntu wagiraga urukundo, ugwa neza, uhora yishimye

    Amagana y’abantu bazi Nkusi Steve yaba mu Rwanda cyangwa muri Canada, bahise bajya ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaza agahinda n’ubwoba batewe no kubura k’uwo musore, mu gihe inzego zitandukanye zishinzwe ubutabazi muri icyo gihugu, cyane cyane ubwo mu mazi, zakomeje ibikorwa byo gushakisha mu mazi y’icyo kiyaga.

    Nkusi wabaye mu isiganwa ry’amaguru muri Ottawa, yanakoreye Goverinoma ya Canada, akaba yari afite imigambi yo kuzakora ‘business’ nyuma yo kurangiza amasomo ye muri Kaminuza ya Ottawa.

    Bivugwa ko yasimbukiye mu mazi ubwo yari kumwe n’itsinda ry’inshuti ze zifite mu myaka 20 mu bwato bari bakodesheje, ariko ntiyongera kugaruka.

    Nyuma yo kubona ibyo bibaye, abari kumwe na we mu bwato ngo batabaje Polisi.

    Tariki 22 Kanama 2021, Polisi yo mu gace kitwa Niagara (Niagara Regional Police Service) yatangaje ko ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, Polisi yahamagawe ku nkengero z’ikiyaga ahitwa Sunset Beach muri ‘St Catharines’ nyuma y’uko hari umuntu w’igitsinagabo wari umaze kurohama mu mazi.
    Polisi ngo kuva icyo gihe yatangiye gushakisha ariko ntiyagira icyo ibona.

    Polisi yari imaze iminsi ishakisha mu mazi
    Polisi yari imaze iminsi ishakisha mu mazi

    Ahagana saa saba n’iminota 15 z’amanywa ku wa Kabiri tariki 24 Kanama 2021 nibwo Polisi yo mu gace ka Niagara yahamagawe n’umuntu wari mu bwato mu kiyaga cya Ontario, avuga ko abonye umurambo w’umuntu mu mazi.

    Polisi yihutiye kuhagera, itwara umurambo w’uwo muntu w’igitsina gabo kwa muganga i Toronto kugira ngo ukorerwe isuzuma, ndetse hamenyekane uwo muntu uwo ari we.

    Amakuru atangazwa na CBC News, ni uko umuryango wa Nkusi wari watangiye gutakaza icyizere cyo kuzongera kumubona, ariko ufite icyizere ko za Camera za Polisi zimaze iminsi ine zishyizwe muri ayo mazi ya Sunset Beach ziza kugira icyo zerekana.

    Mugeni Sandrine aganira n’igitangazamakuru CBC News kuri telefoni, yavuze ko kubura Nkusi Steve ari igihombo gikomeye ku muryango.

    Abo mu Muryango wa Nkusi baturutse mu bice bitandukanye bari baje bahurira aho impanuka yabereye kugira ngo bakomeze gukomezanya no kwihanganishanya.

    Nkusi Gilbert, umubyeyi wa Nkusi Steve, ni umucuruzi w’Umunyarwanda watashye mu Rwanda mu 2019, nyuma yo kumara imyaka 18 mu mahanga. Kuri ubu yahise yerekeza aho muri Canada we n’umugore we.

    Nkusi Steve yavukiye i Kigali mu Rwanda, akurira muri Canada, aho yize amashuri abanza, ayisumbuye ndetse na Kaminuza, aho yarangije mu bijyanye n’icungamari muri Kaminuza ya Ottawa.

    Uretse ibyo kuba Nkusi yari azwi mu gusiganwa ku maguru, yari yaratangiye no gukora mu bijyanye no kumurika imideri, nk’uko bivugwa na mushiki we Mugeni Sandrine.

    Ku mbuga nkoranyambaga, abazi Nkusi Steve, bavuga ko yari umuntu ugira urukundo, ugwa neza kandi uhora yishimye.

    Amakuru avuga ko Nkusi Steve yarohamye ubwo yari yagiye mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umwe mu nshuti ze.

    Ababonye impanuka iba, bavuga ko babonye Nkusi asa n’urwana n’amazi ubwo yari akimara kuyinjiramo, nyuma gato arabura. Ngo bagerageje kumuhereza umwambaro urinda abantu kurohama (life jacket), ariko ngo ntiyashoboye kuwufata.

    Abanyarwanda batandukanye b’inshuti za Nkusi bakomeje kohereza ubutumwa bw’akababaro ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

    Ubukangurambaga bwo gukusanya inkunga yo gufasha umuryango wa Nkusi (GoFundMe) bumaze gukusanya agera ku 52.602 y’Amadolari, mu gihe intego yari 50.000 by’Amadolari.

    Steve Nkusi yari afite impano yo gusiganwa ku maguru
    Steve Nkusi yari afite impano yo gusiganwa ku maguru


    source : https://ift.tt/3sPvyMe

  • Hamenyekanye igihe umurambo wa Ambasaderi Joseph Habineza uzagerezwa i Kigali – #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Joseph Habineza wabaye Minisitiri wa Siporo, Urubyiruko n’Umuco mu Rwanda yitabye Imana ku wa 20 Kanama 2021 azize uburwayi.

    Bitewe n’umuryango munini yari afite muri Kenya biteganyijwe ko hari imwe mu mihango izabera muri iki gihugu. Ku wa kane tariki ya 26 Kanama 2021, habazaho igikorwa cyo gusezera umurambo wa Amb. Habineza mu buruhukiro bwa Montezuma i Nairobi.

    Kuva saa yine n’igice kugeza saa tanu n’igice zo kuri uyu munsi hataganyijwe igikorwa cyo kumusezeraho kizabera muri Invergara club, ahazanatangirwa ubuhamya bw’abantu batandukanye bari bamuzi.

    Mu gitondo cyo ku wa Gatanu hazaba igikorwa cyo gukura umurambo wa Ambasaderi Habineza mu buruhukiro, woherezwe ku Kibuga cy’indege cyitiriwe Jomo Kenyatta, aho uzakurwa uzanwa mu Rwanda. Biteganyijwe ko uzahagera saa 12h10, hagakurikiraho imihango yo kumusezera.

    Kugeza ubu amakuru agera ku IGIHE ni uko hatarafatwa umwanzuro ku munsi azashyingurwaho.

    Mu rwego rwo gufasha umuryango wa nyakwigendera muri ibi bikorwa byose, hashyizweho uburyo abantu bashobora gutanga inkunga bitewe n’uko bifite. Niba wumva hari umusanzu nawe watanga wanyura aha.

    Habineza Joseph yavukiye mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo tariki 3 Ukwakira 1964. Nubwo yamenyekanye muri Politiki, mbere yaho yabanje gukora mu bigo bitandukanye byigenga.

    Joseph Habineza yakoreye uruganda rwa Heineken i Kinshasa, mu 1994-1998, ndetse aza no kuba Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Heineken muri Nigeria, mu 1998-2000.

    Yatangiye imirimo ya politiki mu Rwanda mu mwaka wa 2004 ubwo yari avuye muri Nigeria, ahita agirwa Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’Umuco icyo gihe bikaba byari bigikomatanyijwe.

    Muri 2008, igice cy’urubyiruko cyahawe minisiteri ukwayo ariko Habineza akomeza kuyobora iyiswe icyo gihe Minisiteri ya Siporo n’Umuco kugeza muri 2011 ubwo yeguraga.

    Muri 2008, igice cy’urubyiruko cyahawe minisiteri ukwayo ariko Habineza akomeza kuyobora iyiswe icyo gihe minisiteri y’Umuco na Siporo kugeza muri 2011 ubwo yeguraga.

    Nyuma yaje guhabwa inshingano nshya zo guhagararira u Rwanda muri Nigeria na Ghana.

    Ku wa 24 Nyakanga 2014 yongeye kugaruka muri Guverinoma yari iyobowe na Anastase Murekezi nka Minisitiri w’Intebe; asubira na none ku kuba Ministeri w’Umuco na Siporo, umwanya yamazeho iminsi 183 kuko ku gicamunsi cyo ku wa 24 Gashyantare 2015 yasimbujwe.

    Umurambo wa Ambasaderi Joseph Habineza uzagezwa mu Rwanda ku wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021

    source : https://ift.tt/3jhQEQg

  • Rwamagana: Umugabo yasanzwe muri lodge yapfuye – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yasanzwe mu icumbi riherereye mu Mudugudu wa Rurembo, Akagari ka Cyanya, mu Murenge wa Kigabiro.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Hanyurwimfura Egide yabwiye IGIHE, ko uwo mugabo yabonywe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

    Yagize ati “Uwo mugabo yasanzwe mu icumbi yapfuye. Ba nyiri icumbi nibo babibonye, baratumenyesha banamenyesha Polisi, nyuma rero twagiyeyo ariko haracyakorwa iperereza ngo hamenyekane uko byagenze.”

    Uyu muyobozi yavuze ko hataramenyekana aho yari yaturutse ubwo yazaga kwaka icumbi. Muri icyo cyumba bahasanze ibyangombwa bye birimo telefone.

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, (RIB) ruherutse gutangaza ko imibare igaragaza ku mu myaka ibiri ishize abantu 576 biyambuye ubuzima mu Rwanda.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rigaragaza ko mu bantu biyahura, 90 % baba bafite ibibazo byo mu mutwe kandi ko abenshi baba barabanje kubigaragaza ariko sosiyete ntibihe agaciro.

    Ifoto igaragaza amarembo y’Umujyi wa Rwamagana ari naho habarizwa umurenge wa Kigabiro

    source : https://ift.tt/3sNQF1u

  • Yatanze ibyishimo, akora ibitazibagirana mu bakunzi b’imikino n’imyidagaduro: Ibyaranze Joe Habineza mu nshingano – #rwanda #RwOT

    Ni byo koko abizera ntibashidikanya ko bazongera guhura na Ambasaderi Habineza Joseph [Joe], wabaye Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco na Siporo, akanahagararira u Rwanda muri Nigeria. Uyu mugabo yitabye Imana aguye i Nairobi muri Kenya ku wa 20 Kanama 2021, azize indwara.

    Inkuru y’urupfu rwa Joe yaratunguranye ndetse benshi ntibarabyakira, kandi aba si abavandimwe be gusa ahubwo ni Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye kuko abamuzi yabereye umugisha uwamugezeho wese.

    Amb Habineza yinjiye muri politiki mu 2004 ubwo Perezida Paul Kagame yamugiriraga icyizere akamuha inshingano muri Guverinoma, ayobora Minisiteri y’Umuco na Siporo yamazemo imyaka hafi irindwi, aza kwegura mu 2011.

    Yatanze ibyishimo ku bakunzi b’imyidagaduro n’imikino

    Abakunzi b’umuziki bazi neza Joe nk’umuntu wababaga hafi, abagira inama, aho bamwitabaje nk’umuyobozi agakora ibishoboka byose akitabira ndetse n’uwamwitabazaga mu birori nk’umuntu ku giti cye ntiyamurenzaga ingohe.

    Abibuka ibihe by’Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino, FESPAD, mu myaka ya 2005 kugeza muri za 2010 uburyo abakunzi b’umuziki baryitabiraga ndetse bagataha ibyishimo, abenshi bahita batekereza Amb Joe.

    Impamvu ariwe batekereza ni uko ari gake cyane Minisitiri cyangwa undi muyobozi ku rwego nk’urwo yariho yitabira ibirori nk’ibyo cyangwa ngo agire uruhare mu kuzana abahanzi runaka kuririmba mu gihugu.

    Kuri Joe, byari ibisanzwe kuko na we ubwe yageraga aho akajya ku rubyiniro akaririmba, hari abamwibuka mu iserukiramuco ryabereye i Rubavu, ubwo yaririmbaga ‘Buffalo Soldier’ ya Bob Marley.

    Mu bahanzi b’ibyamamare Amb Joe yagize uruhare mu kuzana ku butaka bw’u Rwanda harimo Lucky Philip Dube witabiriye FESPAD mu 2006, Itsinda ryabicaga bigacika rya Brick & Lace ryamamaye muri “Love Is Wicked”, abahanzi nka Oliver N’Goma, Magic System, Red Sun n’abandi babaga bagezweho mu Karere no muri Afurika yose.

    Ni ibihe abakunzi b’imyidagaduro batazigabirwa kuko uretse kubaba hafi, yabagiraga inama, akabafasha ndetse kugeza n’ejo bundi ubwo yari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubwishingizi cya Radiant Insurance yakomeje gushyigikira umuziki, anatera inkunga Iwacu Muzika Festival.

    -  Abakunzi ba ruhago bamufiteho urwibutso rw’amateka

    Amb Habineza Joe ni we wari Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu 2011! Ni umwaka abakunzi ba ruhago batazibagirwa kubera ko aribwo ku nshuro ya mbere ikipe y’igihugu yitabiraga irushanwa ryayo rya mbere rikomeye “Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17”, cyabereye muri Mexique.

    Byari ibihe byiza ndetse bizahora byibukwa n’Abanyarwanda, aho abasore bari baratorejwe umupira mu irerero ryari ryarashyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, bahesheje ishema igihugu.

    Ni ibintu benshi ariko bahuza n’imiyoborere myiza ndetse na politiki yari igezweho ya Minisiteri ya Siporo icyo gihe yari ikuriwe na Amb Habineza Joe.

    Mu 2014, ku ngoma ya Joe Habineza, Amavubi yari mu makipe ahagaze neza ndetse icyo gihe yari mu mwanya mwiza wo kwitabira Igikombe cya Afurika ku nshuro ya kabiri nyuma ya 2004 ariko yaje gusezererwa biturutse kuri rutahizamu Etekiama Agiti Tady uzwi nka Daddy Birori.

    Amavubi yasezerewe azira kuba yarakinishije rutahizamu Daddy Birori kuko icyo gihe yakiniraga ku byangombwa biriho amazina ndetse n’igihe yavukiye bitandukanye n’ibyo akoresha mu ikipe ya Vita Club yakinagamo icyo gihe.

    Abakunzi ba ruhago kandi bibuka neza mu myaka Joe Habineza yari ku ntebe ya Minisiteri ifite inshingano za siporo, ari bwo amakipe yo mu Rwanda yitwaye neza ku ruhando mpuzamahanga.

    Muri icyo gihe ni bwo APR FC na Atraco FC zatwaye ibikombe bya CECAFA Kagame Cup. Ni ibikombe byatashye i Kigali mu myaka ya 2004, 2007, 2009 na 2010.

    Mu myaka ya 2007, 2009, 2011 na 2015, u Rwanda rwabonye itike ya Afrobasketball mu bagabo ndetse mu 2007 na 2011, ni zo nshuro zonyine u Rwanda rwakinnye Igikombe cya Afurika cy’abagore muri Volleyball, naho mu bagabo, u Rwanda rwagikinnye mu 2005, 2007 na 2015.

    Mu mukino wo gusiganwa ku magare, Umunyarwanda Ndayisenga Valens yegukanye Tour du Rwanda mu 2014, aba Umunyarwanda wa mbere wegukanye iri rushanwa rizenguruka igihugu kuva ryashyirwa ku rwego mpuzamahanga mu 2009.

    Ikindi kizibukwa n’abakunda ruhago n’uko abanyabigwi Samuel Eto’O Fils na Didier Drogba bageze ku butaka bw’u Rwanda muri Kamena 2009. Icyo gihe aba bombi n’abandi bakinnyi bari batumiwe muri gahunda ya “One Dollar campaign’’ yo gukusanya inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Incamake ku byaranze ubuzima bwa Joe

    Habineza yavukiye mu Ntara y’Amajyepfo mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, mu Karere ka Kamonyi, ku wa 3 Ukwakira 1968. Ababyeyi be bahise bajya kwiga hanze y’u Rwanda noneho bagarutse bahita bakorera i Kigali mu Kiyovu kuri EPR ari naho bahise batura.

    Icyo gihe yari afite imyaka hagati y’itatu n’ine. Amashuri abanza, imyaka itanu ya mbere yayize ku Ishuri ribanza rya EPA Saint Michel riherereye ku Gitega. Umwaka wa gatandatu ubanza awurangiriza kuri Ste Famille.

    Aha Habineza Joe yari akiri uruhinja, ateruwe n’ababyeyi be

    Icyiciro rusange yagitangiriye i Rubengera ku Kibuye muri Mabanza ubu ni mu Karere ka Karongi. Yaje gukomereza kuri Ecole des Sciences Byimana ari naho yarangirije ayisumbuye.

    Habineza yatangiriye Icyiciro cya mbere cya Kaminuza ahitwa St Fidèle ku Gisenyi, icyo gihe yari Institut Supérieur d’Informatique et de Gestion de Gisenyi; aha yahavuye akomereza ahitwa i Montpellier mu Bufaransa aho yarangirije mu mpera za 1989.

    Ubwo yari arangije amashuri ye mu Bufaransa, yasubiye mu Rwanda, atangira akazi muri Bralirwa aho yagizwe Analyste Programmeur (Mu by’ikoranabuhanga; ICT), nyuma y’umwaka umwe aba Umuyobozi w’Ishami rya Informatique, ari nako kazi yakoze kuva icyo gihe kugeza mu 1994.

    Mu myaka ya 1994, Heineken yashatse guhuza imikorere yayo muri Afurika ndetse uwo mushinga yawukozeho ariko ubwo yari igiye gutangira mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse icyo gihe uyu mugabo wabaga muri Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe rya Volleyball ntiyari yorohewe n’Interahamwe.

    Habineza yakoraga muri Bralirwa anakina Volleyball ku rwego rushimishije ariko aza kugira ibibazo byo mu mavi ahitamo guhagarika gukina uyu mukino ariko ashyirwa muri Komite Nyobozi ya FRVB.

    Muri Mutarama 1994 yaje gufata abakinnyi maze atumiza abakinnyi bo mu Inkotanyi gukina Volleyball na bagenzi babo mu mukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo. Umunsi wakurikiyeho bapanze ko haba undi mukino, ariko Interahamwe zimutera mu rugo iwe ku Kacyiru ziramumenesha bituma yimuka aba muri Milles Colline igihe gitoya, abana abohereza i Goma n’umugore we dore ko ari naho akomoka.

    Muri Jenoside yavuye mu Rwanda asanga umuryango we i Goma, ahageze yasanze Heineken yaravuze ko izahita imwohereza i Kinshasa agasigayo umuryango we maze we agahita ajya gukorera mu Bubiligi no mu Buholandi.

    Aka kazi yagakoze mu mezi ari hagati y’abiri n’atatu, ahita asubira i Kinshasa gufata umuryango we bakomereza mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Icyo gihe yahise asubira gukorera Bralirwa.

    Kubera wa mushinga yari yatangiye gukora, yaje gusabwa na Heineken ko yajya i Kinshasa gukorayo noneho agakurikirana ishyirwa mu bikorwa ryawo. Yahakoze umwaka wa 1995 n’igice kimwe cya 1996.

    Igihe u Rwanda rwari rutangiye kugirana ibibazo na RDC yasubiye gukorera mu Rwanda ariko icyo gihe akora n’i Burundi.

    Mu 1998 Heineken yamwohereje muri Nigeria, kujya gukora mu ruganda rwayo muri iki gihugu, aho yagiye agomba kumara umwaka umwe ariko agezeyo abayobozi baho baramukunda, basanga ashoboye akazi bituma amarayo imyaka itandatu.

    Mu gihe yahamaze, amakipe yo mu Rwanda yabaga yagiye gukinira muri Nigeria yamugiriyeho umugisha kuko yajyaga ayakira.

    Mu 2004 ni bwo yagarutse mu Rwanda, maze Perezida wa Repubulika Paul Kagame amugirira icyizere cyo kuyobora Minisiteri y’Umuco na Siporo yamazemo imyaka hafi irindwi maze mu 2011 afata icyemezo cyo kwegura ku bushake bwe muri iyi minisiteri.

    Muri Kanama 2011 kugeza Nyakanga 2014, Amb. Joseph Habineza yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria. Muri Nyakanga 2014 yagizwe Minisitiri wa Siporo n’Umuco amara kuri uwo mwanya iminsi 183 kuko yasimbujwe ku wa 24 Gashyantare 2015.

    Abo mu isiganwa ku magare bazahora bibuka Amb Joe Habineza nk’umuntu wabafashije kandi na nyuma yo kuva mu nshingano yakomeje kubaba hafi. Aha yari kumwe na Ndayisenga Valens wegukanye Tour du Rwanda ya 2014 na 2015

    Aha Amb Joe Habineza yari kumwe na nyakwigendera Jacob Desvarieux wahoze mu itsinda rya Kassav ryakanyujijeho mu muziki wo hambere

    Aha ni mu 2012 ubwo Amb Joe Habineza yari Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria na Ghana

    Aha ni mu 2014 ubwo Perezida Kagame yakiraga ku meza abakinnyi ba Team Rwanda nyuma ya Tour du Rwanda yegukanywe na Ndayisenga Valens. Icyo gihe bakiririwe muri Serena Hotel ndetse Amb Joe yari Minisitiri wa Siporo n’Umuco

    Icyo gihe Ndayisenga Valens yahaye Umukuru w’Igihugu Paul Kagame impano y’umupira wasinyweho n’abakinnyi ba Team Rwanda bose

    Aha ni muri Miss Rwanda 2015. Amb Joe Habineza yari yagiye gushyigikira abakobwa bahataniraga ikamba

    Amb Joseph Habineza ubwo yarahiriraga inshingano nka Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu 2014

    Aha Ambasaderi Habineza ari kumwe n’umuryango we bari kumwe na Perezida Kagame nyuma yo kurahirira inshingano nshya

    Amb Joe yari aherutse no kugaragara mu ndirimbo yahuriyemo n’ibyamamare birimo Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Haruna Niyonzima

    Ambasaderi Habineza Joseph yasize urwibutso rutazasibangana mu bo yabanye na bo udasize n’abanyamakuru bagiranye ibiganiro bitandukanye. Aha yari muri Village Urugwiro aganira n’itangazamakuru

    Ambasaderi Habineza yitabye Imana nyuma y’igihe gito yizihije isabukuru y’imyaka 33 amaranye n’umugore we

    Habineza n’umugore we bakundaga kugaragara bari kumwe ndetse mu biganiro bye yakunze kuvuga ko akunda cyane umuryango we

    Iyi ni ikipe ya Electrogaz Volleyball club mu 1989 ubwo bari kuri Stade Nyamirambo de Kigali. Habineza Joe yari mu bakinnyi bagenderwaho

    Mu 2013 ubwo Joseph Habineza yaganiraga na Perezida Kagame aho bari bitabiriye umwiherero w’abayobozi bakuru

    Mu 2019, Habineza yagiranye ikiganiro cyihariye na IGIHE agaruka ku ngingo zitandukanye zirimo ibyaranze ubuzima bwe

    Aha ni muri Gashyantare 2021 Amb Joseph Habineza yari yitabiriye Berlin International Film Festival i Berlin mu Budage

    source : https://ift.tt/3jhQMiI

  • Ibitaravuzwe kuri Niyomwungere, ’umunyabitangaza’ wagejeje ’umutama’ Rusesabagina i Kigali – #rwanda #RwOT

    Ibijyanye na “Operation” byo byaravuzwe cyane, Bishop Niyomwungere Constantin asobanura neza uko “nk’umukozi w’Imana” yemeye kwitandukanya n’ikibi agashyikiriza inzego z’umutekano “umutama” akaba n’inshuti ye “Paul” nyuma yo kubona amarira yateye mu mitima ya benshi.

    Ntabwo ari benshi bari bamuzi mbere ndetse n’izina rye ryandikwaga nabi bamwe bati yitwa Niyomwungeri abandi bati ni Niyomwungere.

    N’ubu hari ibintu byinshi abantu batamumenyeho, byamuvuzweho ndetse bikimuvugwaho. Ikizwi na buri wese ni uko yamenyekaniye cyane mu Karere ka Muhanga, mu Murenge wa Nyamabuye ahazwi nko mu Ruvumera, aho afite itorero yashinze rizwi nka Goshen Holy Church.

    Twaganiriye na bamwe mu bamuzi, babanye na we, basenganye na we cyangwa se abo yasengeye. Ubuhamya bwabo kuri we buratangaje.

    Kimwe n’abandi bakozi b’Imana benshi muri iki gihe, Niyomwungere ngo ni umuntu wakundaga kwambara neza, akagira n’abantu bamugenda iruhande bameze nk’abarinzi gusa mu itorero babitaga abashinzwe “protocole” y’umukozi w’Imana.

    Mu baturage, abo bantu ngo bari abarinzi be bacunga ko isaha yambaraga “ihenze” nta muntu uyimwambura nubwo ari ibintu utabonera gihamya.

    Umwe mu bantu bo mu gace karimo uru rusengero rwe yabwiye IGIHE ati “Nigeze kumva bavuga ngo yatwaye umugore w’abandi ariko niba ari inkuru sinzi gusa ni abaturage bakunda kubivuga.” ku rundi ruhande hari undi watwongoreye atubwira ko “uyu mugore w’abana babiri yari yaratandukanye n’umugabo we”, aza kubengukwa n’uyu mukozi w’Imana nyuma.

    Niyomwungere ni mwene Nzubugize François na Iyamuremye Beathe. Yabonye izuba ku wa 17 Kamena 1976. Nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside yakorerwaga Abatutsi, bivugwa ko Niyomwungere kimwe n’abandi Banyarwanda yatashye mu gihugu aturutse i Burundi kuko se yari yarahungiyeyo mu 1959.

    Mu 1994 akigera mu Rwanda ngo yatuye i Gitarama (Muhanga y’uyu munsi). Abamuzi barimo n’umushoferi wamutwaye imyaka irenga ibiri bavuga ko itorero rye ryashinzwe ahagana mu 2002.

    Iri torero ngo ryatangiye nta bayoboke rifite, ku buryo abantu ba mbere bakoraga umurimo w’Imana barimo abari za mayibobo i Muhanga yigishije bagahinduka.

    Hatangwa ingero z’abantu babaye abapasiteri nk’uwitwa Felix uherutse kwitaba Imana n’undi witwa Theo ukiri mu murimo muri iki gihe. Barafatanyije, bakora umurimo ukomeye barigisha muri Muhanga benshi barafashwa.

    Iyo yasengaga, ngo hari abantu bahungabanaga bafashwe n’imyuka mibi, bakajyanwa imbere ariko akabakiza mu buryo budasanzwe. Umwe mu bari mu rusengero Niyomwungere ari kwigisha yagize ati “Icyo gihe nari ndimo, aravuga ngo hari abazimu bicwa n’inkweto. Umuntu umwe ajya imbere, akora ku nkweto ye, niko Pasiteri yamubwiye.”

    Niyongana Gustave wari umushoferi wa Niyomwungere, yabwiye IGIHE ko yahuye n’uyu mugabo mu 2008 amukuye mu kinamba aho yakoraga akazi ko koza imodoka aramwikundira ahitamo kumugira umushoferi.

    Yahoze muri ADEPR

    Niyongana yavuze ko yamenye Niyomwungere asengera muri ADEPR- Gahogo, ariko nyuma aza gushinga itorero rye, ahanini ngo biturutse ku bibazo yagiranye n’abandi bapasiteri.

    Ati “Wenda sinasengeye muri ADEPR ariko nari nturiye aho yasengeraga, yari pasiteri, kugira ngo ajye kwimuka yitandukanyije na yo, nyuma yo kugirana amakimbirane n’abandi bapasiteri kubera ubushobozi bwe bwo kuba yasengera abantu bagakira, baramwanga, baramurwanya, bukeye arabasezerera arimuka. Yari afite abakirisitu bamukunda cyane.”

    Uyu mugabo yemeza ko Niyomwungere afite ubushobozi bwo gukora ibitangaza kuko hari n’ibyo yakoze yirebera.

    Ati “Ikintu muziho yasengeraga abantu, agasengera abafite ubumuga bakagenda, umurwayi agakira n’umuntu ufite ikibazo, iwe nta mahoro, akaba yagenda akamusengera icyo kibazo cye kikarangira […] igitangaza muziho ni uko yasengeye umuntu ufite imbago agahaguruka akazita, akagenda mbirora n’amaso yanjye.”

    Ibitangaza bya Niyomwungere bihamywa kandi n’umwe mu basengera mu idini rye witwa Ugirumurengera Augustin, uvuga ko yamukirije umugore uburwayi yari amaranye igihe ndetse guhera uwo munsi afata umwanzuro wo kwinjira muri iri torero.

    Ati “Nasengeraga mu Bahamya ba Yehova, nza kurwaza umugore imyaka itatu ari CHUK, nza kumva ko muri Goshen Holy Church basenga umuntu agatabarwa, mpageze uko babimbwiye ni ko nabibonye.”

    Ugirumurengera avuga ko umugore we yaje gukira ubu burwayi nyuma yo gusengerwa na Niyomwungere Constantin.

    Akenshi ngo inyigisho ze yazivaganga no gukangurira abakirisitu kwitabira gahunda za Leta zitandukanye zirimo mituweri na Ndi Umunyarwanda.

    Mu baganiriye na IGIHE bose nta n’umwe uzi aho uyu mugabo atuye kuko bamwe bavuga ko urugo rwe ruri mu karere ka Muhanga ahazwi nko ku Kagitarama, mu gihe abandi bavuga ko ruri i Ruli mu Murenge wa Shyogwe na wo ubarizwa muri aka Karere, gusa we yabwiye Urukiko ko aba muri Komini Forest mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi ariko agera mu Rwanda ku mpamvu z’akazi.

    Bigizwemo uruhare na Niyomwungere Constantin, Rusesabagina na bagenzi be bagejejwe imbere y’ubutabera kuri ubu hakaba hategerejwe isomwa ry’urubanza rwabo tariki 20 Nzeri 2021.

    Abazi Niyomwungere Constantin washinje Rusesabagina bavuga ko yahoze muri ADEPR aza kuyivamo

    source : https://ift.tt/3zhWYN7