Tag: featured

  • Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania yagiriye uruzinduko mu Mudugudu wa Kinigi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu uwo mugaba mukuru w’Ingabo mu gihugu cya Tanzaniya General Venance Mabeyo, ruva tariki 23 Kanama 2021 rukagera ku itariki 26 Kanama 2021, aho ku itariki 24 yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Murasira Albert, mu biro bye ku Kimuhurura.

    Mu rwego rwo gusura ibikorwa Ingabo z’u Rwanda zifashamo abaturage mu rwego rwo kubageza ku iterambere rirambye, Umugaba mukuru w’Ingabo za Tanzaniya yatambagijwe Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi wubatswe ku bufatanye n’ingabo z’u Rwanda, ashima cyane ubufatanye bw’ingabo z’u Rwanda n’abaturage nyuma yo kwerekwa ibikorwaremezo binyuranye, anashima kandi imibereho y’abahatujwe.

    Bimwe mu bikorwa abo bashyitsi bishimiye muri uwo mudugudu utuwe n’imiryango 144, birimo Agakiriro, Urugo mbonezamikurire rw’abana bato (ECD), Ikigo Nderabuzima, Ikigo cy’amashuri cya Kampanga, amazu ajyanye n’icyerekezo yubakiwe abagenerwabikorwa, imihanda ya Kaburimbo n’ibindi.

    Andrew Rucyahana Mpuhwe ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Musanze (wambaye umweru) yabatambagije uwo mudugudu abereka ibyiza biwubonekamo
    Andrew Rucyahana Mpuhwe ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Musanze (wambaye umweru) yabatambagije uwo mudugudu abereka ibyiza biwubonekamo

    Nk’uko yabitangaje akigera mu Rwanda, Umugaba mukuru w’Ingabo za Tanzaniya yavuze ko urwo ruzinduko we n’itsinda ayoboye bagiriye mu Rwanda, rukozwe hagamijwe gukomeza kwagura umubano n’ubufatanye hagati y’Igisirikare cya Tanzaniya n’Igisirikare cy’u Rwanda.

    Ni uruzinduko rubaye nyuma y’iminsi mike, Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura akoreye uruzinduko mu gihugu cya Tanzaniya, aho ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu bikorwa bya gisirikari.

    Biteganyijwe ko Umugaba w’ingabo mu gihugu cya Tanzaniya n’itsinda ayoboye, basoza uruzinduko rwabo mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 26 Kanama 2021.

    Uwo Mugaba mukuru w’ingabo za Tanzaniya, asuye uwo mudugudu nyuma y’uko na none, uwo mudugudu wari uherutse gusurwa na Perezida wa Centrafurika, Faustin-Archange Touadéra tariki 06 Kanama 2021 ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 4 yagiriraga mu Rwanda.

    Honorable OCZ Mushinguri Kashiri, Minisitiri w’Ingabo mu gihugu cya Zimbabwe, wari uyoboye itsinda ry’abayobozi mu nzego zinyuranye muri Zimbabwe, bari kumwe na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, nabo basura uwo mudugudu tariki 03 Kanama 2021.

    Mu gihe kandi uwo mudugudu wari umaze gusurwa n’umugaba mukuru w’Ingabo mu gihugu cya Angola, General Egidio Santos, ubwo yari kumwe n’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, ku itariki 28 Nyakanga 2021, abo bose bashimira ibikorwa Ingabo z’u Rwanda zikomeje kugeza ku baturage, mu kubafasha kugera ku iterambere rirambye.

    Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, uherereye mu nkengero z’ibirunga mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, niwo wizihirijwemo ku nshuro ya 27 isabukuru yo kwibohora ku rwego rw’igihugu tariki 04 Nyakanga 2021, ukaba ari umudugudu ukomeje kuganwa n’abashyitsi banyuranye baturutse hirya no hino ku isi bahakorera ingendo shuri.

    source : https://ift.tt/2Wr53jO

  • KCB yaguze BPR bituma iba Banki ya kabiri nini mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu kwezi k’Ugushyingo 2020 nibwo ibigo by’ubucuruzi Atlas Mara na KCB byashyize umukono ku masezerano yo kugura iyo migabane ingana na 62,06%.

    KCB kandi mu kwezi kwa Gashyantare 2021 yari yaguze indi migabane ingana na 14,61% ikigo cyitwa Arise B.V. cyari gifite muri BPR, bityo kwihuza kw’izi banki bikaba bigiye gutuma zihuza n’imikorere.

    Ubuyobozi bwa KCB buravuga ko ku wa 25 Kanama 2021 aribwo bujuje ibisabwa byose ndetse bemererwa kwegukana iyo migabane myinshi muri BPR.

    Umuyobozi Mukuru wa KCB, Joshua Oigara, yagize ati “Twishimiye kwegukana BPR, banki ifite abakiriya bato bato, ikagira amashami menshi kandi ikaba ifite amateka maremare y’imyaka 45 imaze ikorera Rwanda. Uku kwihuza biratuma tuba banki ya kabiri nini mu gihugu.”

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko intego ari uguhuza izo banki zombi zikitwa izina rya ‘BPR Bank’. Uko kwihuza ngo bizafasha abakiriya ba KCB guhabwa serivisi ku mashami menshi abegereye ndetse no ku ba agents bakorera henshi mu gihugu.

    Ni mu gihe abari basanzwe ari abakiriya ba BPR na bo bazabasha guhabwa serivisi nziza zikoreshwa ikoranabuhanga rigezweho kandi rikoreshwa ku rwego mpuzamahanga.

    source : https://ift.tt/2WtaU8f

  • Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yashimye imyitozo itangirwa mu Ishuri rya Polisi i Gishari – #rwanda #RwOT

    Commissioner of Police Holomo Molibeli yasuye Ishuri rya Gishari kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021. Ni mu ruzinduko rw’iminsi itanu we n’intumwa ze bari kugirira mu Rwanda.

    Muri iri shuri bakiriwe n’Umuyobozi waryo, CP Robert Niyonshuti, wishimiye kuba bahisemo gusura Polisi y’u Rwanda bakanahitamo gusura Ishuri rya Polisi y’u Rwanda (PTS-Gishari) bakirebera imyitozo ihatangirwa.

    Yagize ati “Uru ruzinduko rwanyu rufite agaciro gakomeye kandi amasezerano y’ubufatanye mwasinyanye na Polisi y’u Rwanda ni ingenzi cyane. Azadufasha kungurana ubumenyi mu bapolisi bacu nk’uko mwaje gusura iri shuri ritanga amahugurwa atandukanye ku bapolisi.”

    CP Niyonshuti yeretse abashyitsi ibice bitandukanye bigize ishuri ry’amahugurwa ariko cyane cyane basuye ahatangirwa imyitozo yo kumasha (range ground) ndetse banasura abapolisi bari mu myitozo ibategura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga Amahoro (FPU).

    Ahakorerwa imyitozo yo kumasha basuye inzu ikorerwamo iyo myitozo ndetse banerekwa ahakorerwa imyitozo nk’iyo ariko noneho yo ikorerwa hanze. Aho hose habaga hari abapolisi bakora imyitozo ijyanye no kumasha (kurasa).

    Commissioner of Police Holomo Molibeli yavuze ko Polisi y’u Rwanda yajyaga ayumva amateka yayo mu bikorwa byayo mu gihugu imbere no hanze y’u Rwanda cyane cyane mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga Amahoro ariko kuri iyi nshuro yagize amahirwe yo kwibonera ahaturuka ibyo bigwi.

    Ati “Najyaga numva mu itangazamakuru n’ahandi hatandukanye abantu baganira ku bigwi bya Polisi y’u Rwanda, najyaga numva ukuntu bavugwaho ubunyamwuga, ikinyabupfura n’umurava bikantera amatsiko yo kubasura. Uyu munsi njye n’intumwa turi kumwe twagize amahirwe yo gusura ahatangirwa imyitozo itandukanye harimo n’abitegura kujya mu butumwa bwa Loni.’’

    Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda ari urwego afatiyeho icyitegererezo. Yavuze ko amasezerano y’ubufatanye Polisi y’u Rwanda yasinyanye na Polisi ya Lesotho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kanama akubiyemo ibiyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mahugurwa. Yavuze ko ayo masezerano hari icyo azafasha impande zombi.

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kanama ni bwo Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yatangiye gusura Polisi y’u Rwanda aho ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru yakiriwe na mugenzi we uyobora Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza.

    Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu cya Lesotho, Commissioner of Police, Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye basuye Ishuri rya Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana

    source : https://ift.tt/38fdaTn

  • Nyanza: Malaria yagabanutseho 90% mu myaka ibiri kubera ingamba zo kuyihashya – #rwanda #RwOT

    Byavuzwe kuri uyu wa Gatatu n’umukozi muri RBC mu ishami rishinzwe kurwanya malaria, Munyakanage Dunia, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu nzu z’abaturage mu Karere ka Nyanza.

    Yagize ati “Mu mwaka wa 2018 mu kwezi k’Ukuboza hagaragaye abantu ibihumbi 44 muri aka karere barwaye malaria, ariko mu Ukuboza k’umwaka ushize wa 2020, hagaragaye abarwayi ibihumbi bine gusa. Urumva ko malaria yagabanutseho inshuro zirenga 90% muri aka karere.”

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyanza babwiye IGIHE ko badaheruka kurwara no kurwaza malaria bitewe no kubahiriza amabwiriza yo kuyirinda bahabwa n’inzego z’ubuzima.

    Nzayino Ephroni wo mu Murenge wa Kigoma ati “Mu rugo rwanjye haheruka malaria mu 2010 kuko ab’iwanjye bose barara mu nzitiramibu kandi iwanjye hahora isuku, nta bidendezi nta bihuru imibu ishobora kwihishamo. Iyi gahunda yo kuduterera umuti nayo yaradufashije cyane.”

    Mukagasarabwe Emertha we yavuze ko mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka hari umwana we warwaye malaria bitewe no kurara mu nzitiramibu yacitse, ariko yahise afata ingamba kandi yiyemeza kutazongera kudohoka.

    Ati “Nahise mujyana kwa muganga baramuvura ndetse mpita musabira n’inzitiramibu nshyashya. Kuba yararwaye malaria byampaye isomo rikomeye ryo kutongera kurangara nk’uko narangaye.”

    Abaturage bo mu Karere ka Nyanza baganiriye na IGIHE bavuze ko bishimiye igikorwa cyo gutererwa mu nzu umuti wica imibu itera malaria kuko wunganira izindi ngamba bafashe mu kuyirinda.

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza, Dr Nkundibiza Samuel, yavuze ko nubwo malaria igenda igabanuka itarashira burundu, bityo ingamba zo kuyirinda zigomba gukomeza.

    Ati “Ikigaragara ni uko igenda igabanuka aho gahunda yo gutera umuti itangiriye ku buryo nidukomeza kubahiriza ingamba zo kuyirwanya izaba amateka. Muri aya mezi ashize y’uyu mwaka tumaze kwakira abarwayi ba malaria bagera ku bihumbi bine mu karere hose kandi abenshi bavurirwa ku bigo nderabuzima kuko baba batarembye.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yavuze ko igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera malaria muri ako karere kizagera mu ngo zose zisaga ibihumbi 83 kandi ibyumba byose by’inzu bizaterwamo kugira ngo malaria iranduke burundu.

    Yasabye abaturage kubyitabira borohereza abajyanama b’ubuzima baza kubaterera umuti kugira ngo bigende neza.

    Usibye mu Karere ka Nyanza, igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera malaria kiri kubera no mu turere twa Gisagara, Nyagatare, Ngoma na Kirehe ariko biteganyijwe ko kizakomereza n’ahandi.

    Abajyanama b’Ubuzima ni bo bakora igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera malaria mu nzu z’abaturage

    Kuri uyu wa Gatatu mu Karere ka Nyanza hatangijwe igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera malaria mu nzu z’abaturage

    Umukozi muri RBC mu ishami rishinzwe kurwanya malaria, Munyakanage Dunia, yavuze ko mu karere ka Nyanza malaria yagabanutseho 90% mu myaka ibiri

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza, Dr Nkundibiza Samuel, yavuze ko n’ubwo malaria igenda igabanuka itarashira burundu, bityo ingamba zo kuyirinda zigomba gukomeza

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yavuze ko igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera malaria muri ako karere kizagera mu ngo zose zisaga ibihumbi 83

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3zjtePV

  • Kirehe: SEDO ushinjwa kugurisha ubutaka bwa Leta no kwaka ruswa abaturage yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Ibi byaha uyu muyobozi ashinjwa ngo bimaze igihe kinini aho ubuyobozi n’abashinzwe umutekano bari baratangiye kumukoraho iperereza ryatumye atabwa muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021.

    Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nsengiyumva Jean Damascene, yabwiye IGIHE ko uyu muyobozi ashinjwa ibyaha n’amakosa menshi.

    Ati “ Hari aho yigeze kubeshya umuturage ko ashobora kuzamushyira ku rutonde rw’abantu bazubakirwa inzu batishoboye uwo muturage ntiyagiraga aho kuba, umuturage yaciwe ibihumbi 100 Frw amubwira ko atayabona, ko yabona make agenda amwishyura make make. Bwa mbere yamuhaye ibihumbi 35 Frw , ubundi amuha ibihumbi 25 Frw kugeza agejeje ibihumbi 90 Frw.”

    Uyu muyobozi yavuze ko byarangiye uwo muturage atagiye ku rutonde nk’uko yabimwizezaga kuko atari we ufata umwanzuro w’abo bagomba kubakira, iki ngo kiri mu kibazo cyagaragayemo ruswa kuko amafaranga yayamwoherereje kuri Mobile Money ye bwite arayakira.

    Mu bindi abazwa ni “ ukuba yarigaruriye inka ya Girinka itari iye yari yahawe umuturage arayimwaka ayijyana iwe, bimaze gusakuza abona abantu batangiye kubivuga arongera ayisubiza wa muturage.”

    Uyu muyobozi kandi yanagurishije ubutaka bwa Leta. Umuturage yabugurishije ngo ni umubyeyi wamubwiraga ko afite umwana ukuze kandi adafite ubutaka SEDO ngo amwemerera ko azamufasha kububona.

    Ati “ Yamugurishije ubutaka bwa Leta ibihumbi 180 Frw ariko ntiyahita amupimira, uwo mubyeyi akajya ahora amwishyuza aza kurambirwa. Ahuye n’Umukuru w’Umudugudu aramubwira ati muzaza kumpimira ubutaka ryari ko SEDO namwishyuye, nyuma ngo bimaze kumenyekana yahise ajya kumusubiza amafaranga ye.”

    Visi Meya Nsengiyumva yavuze ko nyuma y’igihe kinini hakorwa iperereza kuri ibi byaha byose, RIB yahise ita muri yombi uyu muyobozi kuko ngo ibyaha ashinjwa ni byinshi.

    Yasabye abandi bayobozi cyane cyane abo mu nzego z’ibanze kwirinda kwaka ruswa abaturage.

    Ati “ Ibitari ibyawe ntukwiriye kubitekerezaho; abakozi barahembwa, iyo uhindukiye rero ukarenga kuri wa mushahara ukajya no kwaka abaturage udufaranga twabo haba habayeho gutandukira ni yo mpamvu bidashobora kubahira.”

    Kuri ubu uyu muyobozi afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamugari mu gihe ategerejwe gukorerwa dosiye agashyikirizwa ubutabera.

    Ibiro by’Akarere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba

    source : https://ift.tt/2WjwYmp

  • Nyanza: Umurenge wari umaze imyaka ine ucumbikiwe wujuje inyubako ya miliyoni 265 Frw – #rwanda #RwOT

    Iyo nyubako nshya ifite ibiro 19 ikazakorerwamo n’abakozi b’umurenge wa Kigoma ab’akagari ka Butansinda ndetse n’inzego z’umutekano, yatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma, Mukantaganda Brigitte, yavuze ko bitari byoroshye gutanga serivisi nziza bakorera ahantu batisanzuye.

    Ati “Gukorana n’akagari mu nyubako ingana kuriya n’abakozi b’umurenge uko bangana n’abaturage twakira, mu by’ukuri ntabwo byari byoroshye gutanga serivisi inoze. Ni inyubako ije ikenewe mu Murenge wa Kigoma ku bakozi n’abaturage bacu.”

    Imibare igaragaza ko uyu murenge wa Kigoma utanga serivisi ku baturage ibihumbi 41 bawutuye.

    Bamwe muri bo babwiye IGIHE ko iyo nyubako nshya bayishimiye kuko bagiye kujya bahererwa serivisi ahantu heza hagutse.

    Mukagasarabwe Emertha ati “Hariya bari basanzwe bakorera hari hatoya ku buryo wajyaga gusaba serivisi ugasanga icyumba kimwe kirimo abakozi batanu ukabona nta bwisanzure buhari. Iyi nyubako turayishimiye kuko tuzajya twakirirwa ahantu heza tugahabwa serivisi inoze.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yashimiye abakozi b’Umurenge wa Kigoma ko bakomeje kwihangana batanga serivisi nziza kandi bakorera ahantu hafunganye, abasaba kurushaho kwita ku bibazo by’abaturage no kubikemura.

    Ati “Byabaye ngombwa ko umurenge n’akagari bakorera hamwe, niyo mpamvu dushimira abakozi ko bihanganye kandi bakomeza gutanga umusaruro kandi batanga serivisi nziza nubwo bakoreraga ahantu hatisanzuye.”

    Mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara inyubako ziganjemo iz’imirenge n’utugari zikorera ahantu hashaje hahoze hakorera za Komine mu bihe byo hambere.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko izo nyubako zizagenda zivugururwa izindi zikubakwa bundi bushya mu rwego rwo kunoza imitanyire ya serivisi ku baturage no kubarinda ingaruka baterwa no gusaza kw’izo nyubako.

    Ati “Ni igikorwa gikomeza, gisaba ubushobozi kandi bijyana n’amafaranga ahari, ariko ahagaragara ko hari ibiro bidashobora gutuma ababikoreramo batanga serivisi nziza, ubuyobozi bw’uturere bugenda bushaka amafaranga mu ngengo y’imari bigakorwa buhoro buhoro.”

    Yavuze kandi ko mu mirenge 101 yo mu Ntara y’Amajyepfo hari iyubatswe mu ngengo y’imari y’umwaka ushize harimo uwa Kigoma mu Karere ka Nyanza watashywe n’uwa Rugarika mu Karere ka Kamonyi ndetse n’utundi turere tugenda dusana ibiro by’imirenge n’utugari bitewe n’uko ubushobozi bubonetse.

    Ibiro bishya by’Umurenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza

    Ni inyubako ubona ibereye ijisho ugitunguka hafi yayo

    Ni inyubako yatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021

    Ibiro by’Akagari ka Butansinda byari bimaze imyaka ine bicumbikiye umurenge wa Kigoma

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma, Mukantaganda Brigitte, yavuze ko bitari byoroshye gutanga serivise nziza bakorera ahantu batisanzuye

    Abaturage bo mu Murenge wa Kigoma bagiye gutaha inyubako nshya y’ibiro by’uwo murenge

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko inyubako zishaje zizagenda zivugururwa izindi zubakwa bundi bushya mu rwego rwo kunoza imitangire ya serivisi ku baturage

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3mAQC8a

  • Bica bakase imitwe, bagashimuta abakobwa beza: Ibyo wamenya ku mitwe y’iterabwoba iri kurwanywa na RDF i Cabo Delgado – #rwanda #RwOT

    Intara ya Cabo Delgado ifite ubuso bungana na 82.625, ukoze imibare wasanga iruta u Rwanda inshuro 3,1. Mu 2017 byabarwaga ko ituwe n’abaturage barenga miliyoni 2,3.

    Ni yo yakabaye ikize mu ntara 11 zigize Mozambique kuko ifite umutungo kamere mwinshi wa gaz ari na byo byatumye TotalEnergies ihashora asaga miliyari 20 z’amadolari ashobora kwiyongera akagera kuri miliyari 50$ mu mushinga wiswe LNG, Liquefied Natural Gas.

    Gusa ni yo ntara ikennye kurusha izindi, irimo abaturage ba mbarubukeye kandi niyo irimo umutekano muke kurusha izindi zose. Wakwibaza uti byagenze bite? Byagenze bite ngo yibasirwe n’imitwe y’iterabwoba? Ese yashakaga uwo mutungo kamere? Kuki ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byafashe indi ntera?

    Umutwe w’iterabwoba urwanira muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado witwa “Ahlu Sunnah Wa-Jama” gusa imbere mu gihugu abaturage bawita “Al Shabaab”.

    Bibarwa ko abaturage barenga 3000 ari bo bamaze kwicwa n’ibyo byihebe, mu gihe abavuye mu byabo bo barenga ibihumbi 700. Gusa Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Taliabo, aherutse kubwira IGIHE ko nubwo habarurwa abo n’abandi ntawe uzi aho baherereye.

    Ku ikubitiro nk’intara irimo abaturage bakennye, abasesenguzi n’abakurikiranye ibibazo byayo, bahuriza ku kuba kuva na kera yasaga n’aho ititaweho mbere y’uko ivumburwamo gas.

    N’ikimenyimenyi mu Karere ka Palma, ishuri rya mbere ryafunguwemo ry’amashuri yisumbuye, ryatangiye mu 2017, bivuze ko mbere abanyeshyuri baho batigaga uko bikwiriye.

    Emidio Jozine, ni Umunya-Mozambique. Mu buzima busanzwe ni umunyamakuru ukorera ibitangazamakuru mpuzamahanga. Yaganiriye na IGIHE ku mbarutso y’ibibazo byashegeshe iyi ntara n’imvo n’imvano yabyo.

    Bwa mbere ibibazo bitangira kuvugwa hari mu 2017 nubwo byari byaratutumbye mbere, abaturage ni bwo batangiye guhunga, ni bwo batangiye kwicwa bicishijwe imipanga.

    Ati “Ni bwo twatangiye kwibaza ngo ni bande? Ntabwo twigeze tubona amasura yabo, ntabwo tuzi ngo bashaka iki ndetse ntibigeze banasaba Guverinoma kuganira na yo ngo bayibwire icyo bashaka. Rero abantu batangiye guhunga, ibyo byihebe muri iyo myaka ni bwo byatangiye kuza mu ijoro, bigatwika inzu, bikica abantu, abantu bagahunga.”

    Emidio Jozine, Umunyamakuru wo muri Mozambique wasobanuye byinshi azi ku kibazo kiri mu Ntara ya Cabo Delgado

    Iyo uganiriye n’umuturage wo muri Mozambique kuri iki kibazo cya Cabo Delgado, ni ibyo akubwira. Nta kirenze ibyo, ntabwo ajya akubwira ngo abo bantu ni aba n’aba bashaka iki.

    Ku rundi ruhande, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gutangaza umugabo witwa “Bonomade Machude Omar” uzwi nka “Abu Sulayfa Muhammad” na Ibn Omar nk’abayobozi b’uyu mutwe.

    Hari bamwe mu bashinzwe umutekano bo muri Mozambique babwiye IGIHE ko aba bantu atari bo bayobora iyi mitwe, ndetse hari n’umuturage wavuze ko umwe muri aba amuzi “kuko ari kavukire mu gace ka Palma” mu gihe abawutangije bo baturuka mu mahanga.

    Bamwe mu barwanyi bawo baba bavuga Igiswahili ndetse bafite n’inyandiko zo mu Giswahili. Iyo bica, baba bavuga ngo “Allah Akbar”, hanyuma bagakata abantu imitwe bakayimanika ahirengeye, abagabo bakabakata n’ubugabo bwabo.

    Mu 2017 ubwo ibyo bikorwa byakazaga umurego, mu gihugu hatangiye kumvikana amajwi y’uko hari abantu baturuka mu mahanga, bagashyira mu majwi Tanzania, ko ari bo bari inyuma y’ibyo bikorwa.

    Jozine nk’umunyamakuru na we yakunze kubyumva kenshi. Asobanura ko abo bantu bahaga abaturage amafaranga kugira ngo babiyungeho, bajye mu muri uwo mutwe.

    Ati “Barakura, batangira gukoresha imbunda zikomeye, batangira kwica abasirikare ba leta, batangira gutwara intwaro zabo, imodoka zabo. Ibintu byatangiye gukomera.”

    Muri icyo gihe ngo igisirikare cya Mozambique cyatangiye kugira impungenge, kivuga ko kigiye kurwanya abo bantu mbere y’uko ibibazo bifata indi ntera.

    Ikiganiro twagiranye na Jozine

    IGIHE: Hari abasirikare mwigeze muvugana muri icyo gihe wagiye nko gutara inkuru?

    Jovine: Inshuro nyinshi nahuriye mu gace ka Macomia n’abasirikare bacu, bati ibi bintu biri gufata indi ntera, bati dukwiriye gushaka uko tubikumira mbere y’uko biba ikibazo gikomeye. Ubu ni ikibazo gikomeye.

    Ibikorwa byo kurwanya iyo mitwe byahise bitangira?

    Nk’umunya-Mozambique, ndibwira ko ahari Guverinoma yacu yatekereza ko bizakemuka, bizahagarara. Ariko ntabwo byigeze bihagarara.

    Abantu batangiye guhungira mu bindi bice by’igihugu kuko bari bafite impungenge, izo nyeshyamba zatwikaga ibice byose, zaratwikaga mu bice bya Macomia, Palma, Mocimboa da Praia, Chisanga, Nangade, n’utundi turere. Buri wese yari afite ubwoba.

    Igitero gikomeye waba wibuka ni ikihe?

    Igitero cyagabwe muri Palma [werurwe 2020] ni cyo cyari kinini, gikomeye. Navuganye n’abantu bampaye inkuru, bambwira ko izo nyeshyamba icyo gihe zaje zambaye impuzankano y’igisirikare cya Mozambique, abantu babanza gutekereza ko baje kubatabara, bati aba ni intwari zacu.

    Gusa ubwo abantu bababonaga neza, basanze atari bo kuko bari bafite amabendera ya Al Shabaab, bavuga indimi batazi. Ubwo ni ubuhamya nahawe n’abantu nahuye na bo mu nkambi. Bati abantu barishwe, abandi barashimutwa…

    Usibye gushimuta, kwica no kwangiza imitungo nta kindi izo nyeshyamba zikora?

    Abo twaganiriye ni ababyeyi babuze ibintu byose, ababashije gucika, ababuze abana babo, abasambanyijwe n’ibindi.

    Ugeze Macomia, ukabona ukuntu umujyi wabaye amatongo burundu wakwibaza uti ni iki kiri kuba mu Majyaruguru ya Mozambique, ni ikibazo nanjye nk’umunyamakuru nibaza, nkibaza nti aba bantu ni bande, bashaka iki? Bakura he imbunda? Ni ikibazo gikomeye.

    Abo bashimutaga ni bantu ki? Bagenderaga kuki?

    Ubuhamya nabonye ni uko iyo bageze mu gace runaka bica abagabo, abo babona ko bashobora gushyira mu mitwe yabo barabatwara, barabashimuta. Birumvikana bakeneye n’abantu bo kubitaho, ni yo mpamvu batwara abagore.

    Bakeneye abantu bo guteka, bo gukora isuku, bakeneye abantu bo gukora akazi ka buri munsi gasanzwe. Ikindi kandi bakeneye abagore kuko bakeneye gukora imibonano mpuzabitsina.

    Bivugwa ko batwara abakobwa beza gusa…

    Yego. Hari inkuru nagiye numva z’abagore batorotse. Umwe ngo ni uko yari mubi, byaramutunguye cyane kuko yahuye n’aba bagabo, abantu batagira impuhwe. Hanyuma baramutwara we n’inshuti ze, we yari mubi, ariko inshuti ze ntizari mbi ku isura.

    Bageze aho uwo mubi bamusubiza inyuma, bajya impaka bati reka tumurase bageze aho bemeza ko bamureka. Mu buhamya bwe yari anejejwe no kuba ari mubi, kuko nibura kuba ari umukobwa mubi byatumye abaho.

    Ariko abandi bakobwa ntabwo bigeze bagira ayo mahirwe. Hari abandi bagore bari bari kwambuka umugezi wa Rovuma bashaka kujya muri Tanzania. Ngo bari kumwe n’abo barwanyi, umwe muri bo yaje kugira amahirwe aza kubona uko atoroka, ariruka yinjira mu gihuru agira amahirwe ntibamukurikira. Ni inkuru nyinshi nagiye mbona.

    Nta bagabo mwigeze muganira barokotse ibyo bitero?

    Hari umugabo wo muri Macomia, yari avuye Afungi agiye mu kiruhuko. Hari mu Ukuboza. Yagiye Pemba aho aba, mu nzira agana Macomia, imodoka yarimo barayiteze abantu batangira kwicwa.

    Isasu ryishe umugore wari wicaye iruhande rwe, imodoka irahagarara abantu bavamo binjira mu gihuru bashaka aho bihisha, mu nzira agenda, umusore wari inyuma ye baramurasa amugwa hejuru.

    Izo nyeshyamba zaraje zitangira kurasa no gutwika, ariko kubera ko hari umurambo wari wamuguyeho yabashije kurokoka. Ntabwo yahumekaga, nta muntu wamwumvaga.

    Yambwiye uburyo umuyobozi w’izo nyeshyamba yaje akavuga ati bose twabishe, bakagenda barasa n’abo bari barashe mbere. We yarokowe n’uko hejuru ye hari umurambo.

    Baragarutse ngo barebe niba abantu bose bishwe, akomeza kwihisha mu mirambo kugeza ubwo igisirikare cyaje, akumva za kajugujugu bakamutabara.

    Ubwo igitero cyabereye Palma cyabaga, yari yagarutse mu kazi, agendera ku mbago. Mu gihe yajyaga kureba niba yasinya amasezerano, izo nyeshyamba zaragarutse, abimenye agira inama abantu bari kumwe bati tujye kwihisha. Ku nshuro ya gatatu ararokoka.

    We na bagenzi be bagiye munsi ya kontineri, bihishamo, bazimya imashini zose. Izo nyeshyamba zije zirasa ahantu hose, zitwara imodoka n’ibindi. Yarokotse ubugira gatatu. Ibaze ukuntu ari umunyahirwe, tugiye Pemba wamubona.

    Uzi umubare nibura w’abantu baba bamaze kwicwa n’izi nyeshyamba?

    Ni benshi pe, abantu benshi barishwe.

    Uba mu Mujyi wa Maputo, ni kure ya Cabo Delgado. Abantu baho bakiriye bate kuba Ingabo z’u Rwanda ziri kugira uruhare mu kugarura amahoro muri aka gace?

    Icya mbere ni uko abantu bo mu bice byibasiwe n’ibi bitero, icyo bashaka cya mbere ni ubutaka bwabo. Barashaka gukomeza gukora ibyo bakoraga mbere, urumva barakubwira bati, “turashaka gusubira mu buzima bwacu bwari busanzwe, turashaka ubutaka bwacu, nta bindi bidasanzwe dushaka”.

    Kubera ubu bufatanye hagati y’igisirikare cy’u Rwanda na Mozambique, abantu bafite icyizere, barishimye. Ndibwira ko Guverinoma yakoze igikorwa gikomeye ihamagara Abanyarwanda, n’abandi basirikare ba SADC ariko by’umwihariko Abanyarwanda.

    Impamvu ni uko icyiza cyo kuba Abanyarwanda bahari, tubona ibyo bakora, ntabwo ari ibintu twumva, oya turabibona. Abantu ubu bafite icyizere.

    Utekereza ko hari icyo Guverinoma ya Mozambique yagakwiriye kuba yarakoze neza kurushaho mu gukumira ko ibintu bifata indi ntera?

    Ndatekereza ko mu ntangiriro bari kuba bagize icyo bakora bakabihagarika, bakajya aho bibera bakabihagarika.

    Iyo umwana wawe atangiye gukubagana mu rugo ubimubuza hakiri kare […] iyo utabikoze, arabikurana bikazageza igihe udashobora kubimubuza. Ariko iyo umubujije mu ntangiriro ntabwo ubibona iyo akuze.

    Nk’Umunya-Mozambique, ndatekereza Guverinoma yari kuba yarabihagaritse hakiri kare kuko dufite ubushobozi. Dufite igisirikare, dufite Marines, dufite za kajugujugu, dufite ibifaru…

    Ingabo za Mozambique zifite imyitozo ihagije?

    Yego, nagize amahirwe yo gutara inkuru zijyanye n’imyitozo ya gisirikare, yaba Cabo Delgado, nabonye bahabwa imyitozo ikomeye. Wenda birashoboka ko baba ari bake, ariko barashoboye.

    Icyo abashinzwe umutekano bavuga kuri iyi mitwe

    Hari umwe mu bantu bamaze imyaka 17 muri Mozambique twaganiriye. Ni umugabo ushinzwe Ibikorwa by’uburinzi bw’abakozi ba Sosiyete ya Vodacom, nka kimwe mu bigo by’itumanaho bikomeye muri Afurika, kikaba na kimwe muri bibiri bikorera muri Mozambique.

    Yansobanuriye ko imikorere y’aba barwanyi itandukanye n’iya Islamic State cyangwa se Al Shabaab. Iyi mitwe yindi, usanga ikunze gukora amatangazo avuga ibikorwa byayo, ikayashyira ku mbuga za internet.

    Ibyo binajyana n’ibindi bikorwa byo kwivuga imyato ku buryo usanga nk’abayobozi bayo bazwi, gusa kuri aba bo muri Mozambique, nta na kimwe bakora muri ibyo.

    Nta muntu urabavugisha, barwana bihishe kandi bagakorera mu matsinda. Bashobora nko kwinjira mu gace, bakica abantu nta muntu wigeze ubamenya.

    Aho bageze hose uba usanga ari nk’abantu batarenze icumi, bagenda mu gakundi gato nko mu ishyamba ariko bakagira ahantu bahurira.

    Uwo twaganiriye yambwiye ko umunsi umwe yababonye akoresheje drone. Icyo gihe ngo bagendaga mu ishyamba banyonyomba mu matsinda ariko baza guhurira ahantu hamwe.

    Gen Maj Innocent Kabandana uhuza ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique yabwiye IGIHE ko bamwe mu barwanyi b’iyi mitwe y’iterabwoba, baturuka mu bihugu bya kure, atari abenegihugu.

    Ati “Abenshi ni abo muri iki gihugu, ni abenegihugu b’iki gihugu, ariko mu buyobozi bwabo hari abantu bava mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika, banatubwiye ko hashobora kuba harimo abantu bava mu Burengerazuba bw’Isi baza kubatera inkunga. Nta gihamya gifatika ariko ayo makuru turayafite.”

    Kugeza ubu, ibice binini byari byarigaruriwe n’izi nyeshyamba byamaze kugaruka mu maboko y’igisirikare cya leta nyuma y’urugamba rukomeye rwashojwe n’Ingabo z’u Rwanda. Ubu imirwano iri kubera mu duce twa Siri I na Sir II nyuma y’uko mu cyumweru gishize, agace ka Mbau abo barwanyi bari barahungiyemo ubwo bateshwaga icyicaro gikuru cyabo cya Mocimbao da Praia nako kabohowe n’Ingabo z’u Rwanda.

    Ntabwo bizwi neza icyo aba barwanyi bashaka, impamvu batangije urugamba n’ibindi nk’ibyo

    Bivugwa ko uyu mutwe w’iterabwoba umaze guhindura Intara ya Cabo Delgado amatongo witwa Ahlu Sunnah Wa-Jama nubwo imbere mu gihugu abaturage bawita Al Shabaab

    source : https://ift.tt/3mHAaCK

  • Kirehe: SEDO afunzwe akekwaho kwaka ruswa abatishoboye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Nsengiyumva Jean Damascène avuga ko Manishimwe yafashwe ku wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021, amasaha y’amanywa akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamugali.

    Uwo muyobozi avuga ko Manishimwe Obed w’imyaka 34 y’amavuko, ibyaha akekwaho yabikoze mu bihe bitandukanye kandi bitakozwe muri uyu mwaka gusa ahubwo haburaga igihe gusa ngo afatwe abiryozwe.

    Avuga ko ibyaha akurikiranyweho harimo kugurisha ubutaka bwa Leta ku muturage bwari bwegereye, washakaga kubusaba Leta kugira ngo ibuhe umwana we.

    Ati “Amakosa yari amaze gukora ni menshi, hari aho yagurishije ubutaka bwa Leta (Igisigara), aho umuturage bwari bwegereye yatekereje kubusaba akabuha umwana we, SEDO amusaba 200,000 frs kugira ngo abumuhe ariko umuturage amubwira ko yabona 180,000Frs aranayamuha, nyuma y’aho byaje kumenyekana arabikenga arayamusubiza”.

    Irindi kosa ngo yambuye umuturage inka yahawe muri gahunda ya Girinka ajya kuyororera iwe ndetse no kwaka abaturage badafite amacumbi ruswa kugira ngo bayahabwe.

    Agira ati “Mu by’ukuri amakosa ateye isoni cyane, yatse umuturage inka ya girinka ajya kuyororera iwe, hari ikindi yakoze aho umuturage utari ufite inzu, aho aba yari yarimutse avuye mu Bugesera, yatse 100,000Frs kugira ngo amushyire ku rutonde rw’abazubakirwa”.

    Umuturage kubera ko yari akennye kandi akeneye n’icumbi ngo yasubiye iwabo mu Bugesera agurisha isambu yari ahafite amuha amafaranga yamwatse ariko mu byiciro bitewe n’uko na we yayabonaga.

    Ati “Yakurikiranye agasambu yasize mu Bugesera k’umuryango arakagurisha agenda amuha ibice ibice, 35,000Frs, 25,000Frs bizakurangira agejeje 90,000Frs, arayamuha ndetse ayamuha binyuze kuri telefone ye kuri Mobile Money”.

    Visi Meya Nsengiyumva avuga ko n’ubwo mu batswe ruswa hagaragaye uwo umwe kuko hari ibimenyetso, ariko atari we wenyine ahubwo hari n’abandi benshi cyane abatishoboye bakeneye amacumbi.

    Agira inama abantu bose bahawe ishingano zo gukorera abaturage, kunyurwa n’ibyo bahabwa ibitari ibyabo bakabizibukira.

    Agira ati “Icyo nasaba bagenzi banjye twahawe izi nshingano ni ukunyurwa n’ibyo duhabwa, ibitari ibyawe rwose ni ukuzibukira, ibitari ibyawe nta mpamvu yo kubitekerezaho no kubitaho umwanya. Ni n’icyubahiro gikomeye kuko hari abadafite uwo mushahara”.

    Nsengiyumva avuga ko Leta ikora ibishoboka byose ikabiha umukozi kugira ngo akorere abaturage, ariko bibabaje kuba hari bamwe batanyurwa na byo nyamara babizi ko hanze hari abandi batabonye ayo mahirwe y’akazi kandi bagakeneye.

    source : https://ift.tt/3mBmUzI

  • Abaturiye Sebeya bafite icyizere cy’uko itazongera kubangiriza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuva muri 2020 mu turere twa Rutsiro, Ngororero, Nyabihu na Rubavu hatangiye ibikorwa byo kubungabunga icyogogo cya Sebeya.

    Abaturiye uyu mugezi bavuga ko ibikorwa byakozwe mu misozi miremire bigenda bitanga icyizere ko uyu mugezi utazongera kubangiriza.

    Habimana Aron, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo avuga ko batangiye kubona ibitanga icyizere ko Sebeya itazongera kubangiriza.

    Agira ati “Ubundi buri mwaka uyu mugezi wangiriza abawuturiye, umwaka ushize ntawe wangirije cyangwa ngo usenyeye kandi ibikorwa birakomeje birimo gutera ibiti, amaterasi y’indinganire hamwe no gukora ikidendezi kigabanya umuvuduko w’amazi, bikazafasha ko yongera kwihuta akaba yakwangiriza abayituriye”.

    Habimana avuga ko kuba umwaka ushize ntawe Sebeya yangirije bigaragaza ko mu myaka iri imbere ibikorwa byo kwangiza kwa Sebeya bizaba amateka.

    Abaturiye Sebeya bakomeje gukorerwa ibikorwa bibateza imbere bikabahindurira ubuzima birimo guhabwa inka zibafasha kubona amata no kubona ifumbire bashyira mu mirima yabo myinshi yashyizwemo amaterasi y’indinganire.

    Hari amatungo magufi yahawe abaturage, ariko hari ibiti by’imbuto abaturage bahawe mu guteza imbere imirire myiza, byiyongeraho gushyikiriza abaturage imbabura za canarumwe zituma abaturage bashobora kubungabunga ibidukikije.

    Simbizi Cyprien ni umuturage utuye mu Kagari ka Mukondo, avuga ko n’ubwo hashyizweho ibikorwa byo kubungabunga Sebeya ngo byinshi bitanga iterambere ku buzima bw’abaturiye Sebeya.

    source : https://ift.tt/3jh5oyA

  • Ababazwa n’uko amaze imyaka irenga 30 atazi aho se akomoka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muhizi avuga ko yifuza kumenya inkomoko ya se Rutaganzwa Ildephonse no kumenya abavandimwe ba se
    Muhizi avuga ko yifuza kumenya inkomoko ya se Rutaganzwa Ildephonse no kumenya abavandimwe ba se

    Ubwo u Rwanda rwari mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nibwo umubyeyi we Rutaganzwa Ildephonse yishwe icyo gihe Muhizi akaba yari afite imyaka itanu n’amezi icyenda, basigarana na nyina Mukamuhizi Laurence ukomoka mu Karere ka Nyanza.

    Muhizi avuga ko se yakoraga akazi ko ku kubaka amazu, nyina na we akaba yaraje kwitaba Imana mu mwaka wa 2009 ariko akaba atarigeze ababwira inkomoko ya se ku buryo kugeza ubu nta muvandimwe n’umwe wo kwa se yigeze amenya cyangwa ngo amenye aho batuye ku buryo asigaye ababazwa n’uko atazi aho akomoka ndetse akaba atazi n’abavandimwe bahuje amaraso na se umubyara.

    Ati “Kugeza uyu munsi umuryango wo kwa mama ndawuzi, ariko na bo nagerageje kubabaza bambwira ko nta makuru bafite, niko gufata umwanzuro wo kuza kubinyuza mu itangazamakuru hano muri Kigali Today ngo ndebe ko nabasha kuzabonana n’umuryango wo kwa papa, kuko bambwiye ko nta makuru na macye bafite kuri papa kubera ko mama yavukaga i Nyanza yaje i Kigali bisanzwe ashakisha ubuzima jye nahise ncyeka ko ari muri ubwo buryo bahuyemo bose baje gushakisha bikarangira abo bavukana aho i Nyanza batabashije kumenya inkomoko ya papa kuko bo bari i Kigali abandi bari mu Ntara”.

    Abajijwe niba yaragerageje kugera aho yavukiye ngo abaze abo bari baturanye niba nta makuru bafite kuri se, Muhizi yagize ati “Ntabwo nigeze njya kubazayo ariko uko biri kose nanjye uko ngana uku nguku nshobora kuba navuga nti aba bantu bashobora kuba bampa amakuru ariko nararebye nsanga nta makuru babona bitewe n’imibereho y’ubuzima bwariho kuri icyo gihe kuko nta muntu washoboraga gushyikirana n’undi”.

    Kuri ubu Muhizi afite umugore n’abana bane akaba amaze imyaka 11 akora akazi ko kurinda umutekano gusa ngo yifuza kumenya inkomoko ye kuko hari igihe ashobora kuzabibazwa n’abana akabura icyo abasobanurira.

    Ati “Kubaho utazi aho ukomoka ntabwo ari byiza jyewe nafashe icyemezo cy’uko ngomba kuhashakisha n’Imana imfashije nkabasha kumenya umuryango wa papa ahantu uba nkamenyana na bo tukamenyana nk’umuryango nanjye nkitwa ko mfite umuryango wo kwa papa niba na sogokuru bakibaho tukamenyana niba na ba nyogokuru bakibaho tukamenyana niba se hari n’abavandimwe be bavukana tukamenyana nkabona undi muryango.”

    Akomeza agira ati “Niba hari umuryango cyangwa abavandimwe ba Rutaganzwa Ildephone barimo kunyumva bamfasha bakanyiyereka tukabasha kumenyana n’iyo yaba ari abaturanyi cyangwa se abamuzi cyangwa bazi umuryango wo kwa papa bamfasha kumenyana n’umuryango we”.

    Mu gushaka kumenya byimbitse ko n’abavandimwe ba Muhizi bo kwa nyina ntacyo bazi ku nkomoko ya se, Kigali Today yagerageje kuvugana na nyina wabo (Mukuru wa Nyina) witwa Mukanyarwaya Valerie utuye mu Kagari ka Gahondo, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, na we avuga ko nta makuru yandi afite.

    Yagize ati “Umva nkubwire usibye na Muhizi nanjye ubwanjye ntiwambaza ngo ise avuka hehe kuko numvise ko bashakanye aho i Kigali, numva ngo murumuna wanjye afite umugabo aho i Kigali ni byo nzi gusa nta bindi, ngiye kukubwira ngo nzi aho ise avuka naba nkubeshye, narabasuye pe ariko sininjiye mu buzima bwo kubaza ibyo bintu icyo nzi ni uko yari afite umugabo nkabona yarabyaye ariko nkubwiye ngo ise avuka aha byaba ari ibinyoma kandi nkurahije Imana ihoraho ntabyo nzi pe”.

    Mu makuru macye Muhizi afite ni uko yumvise ko se yakoraga akazi ko kubaka akajya ajya gukorera amafaranga ku buryo ngo yashoboraga kugenda akazagaruka nka nyuma y’icyumweru.


    source : https://ift.tt/3jkKLlk