Tag: featured

  • Perezida Kagame yitabiriye inama ya G20 Compact With Africa ibera mu Budage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na Macky Sall wa Senegal bahuriye muri iyi nama bagirana ibiganiro
    Perezida Kagame na Macky Sall wa Senegal bahuriye muri iyi nama bagirana ibiganiro

    Iyi nama kandi yanitabiriwe n’abandi bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo ku mugabane wa Afurika ikaba iyoborwa na Minisitiri w’Intebe w’u Budage (Chancellor) Angela Merkel.

    Ambasade y’u Budage mu Rwanda yatangaje ko Angela Merkel ari we watumiye Perezida Kagame muri iyo nama y’iminsi ibiri ibera i Berlin.

    Ni inama igamije guhuza intumwa za Afurika n’u Burayi mu rwego rwo kurebera hamwe uko bafatanya mu bikorwa by’iterambere.

    Abitabiriye iyi nama bariga ku ishoramari muri Afurika ariko baganire by’umwihariko ku buryo iryo shoramari ryakorwamo muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

    Inama y’ihuriro rya G20 Compact with Africa ryatangijwe n’u Budage mu mwaka wa 2017 ubwo bwayoboraga itsinda ry’ibihugu 20 bikize ku isi.

    Kuri ubu ibihugu 12 byo ku mugabane wa Afurika ni byo biri muri iri huriro. Ibyo ni Benin, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopia, Ghana, Guinea, Maroc, u Rwanda, Senegal, Togo, na Tunisia.

    Iri huriro riyobowe n’u Budage bufatanyije na Afurika y’Epfo na yo iri mu bihugu 20 bikize ku isi.


    source : https://ift.tt/2WuAavl

  • Perezida Kagame na Macky Sall wa Sénégal bahuriye mu Budage – #rwanda #RwOT

    Abakuru b’ibihugu byombi bahuye kuri uyu wa 26 Kanama 2021, aho bitabiriye iyi nama izwi nka G20 Compact with Africa (CwA), yahurije hamwe abayobozi b’ibihugu bya Afurika, ibigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame na mugenzi we Macky Sall bahuye gusa ntihatangajwe ibyo baganiriyeho.

    U Rwanda na Sénégal bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku mikoranire inyuranye irimo ibijyanye n’uburezi bw’amashuri makuru na Kaminuza.

    Perezida Macky Sall ubwo yagiriraga uruzinduko mu Rwanda mu 2016, yatunguwe n’ikigero cy’Ubumwe n’Ubwiyunge Abanyarwanda bari bagezeho nyuma y’imyaka 22 bari bamaze bavuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yavuze ko ibi byagezweho kubera imiyoborere myiza irangajwe imbere na Perezida Kagame Paul wanayoboye urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mu ntangiriro za Mata 2019, Perezida Kagame Paul yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Macky Sall watorewe kongera kuyobora Sénégal mu matora yabaye muri Werurwe 2019.

    U Rwanda rwafunguye Ambasade yarwo muri Sénégal mu 2011 mu rwego rwo gushimangira umubano n’icyo gihugu n’ibindi byo mu Karere, ni n’uburyo bwo guteza imbere ubucuruzi no gufatanya n’Abanyarwanda batuye muri ibyo bihugu.

    Sénégal na yo ihagarariwe mu Rwanda na Doudou Sow; ni we wa mbere wahawe guhagararira igihugu cye mu Rwanda akaba afite icyicaro mu Mujyi wa Kigali.

    U Rwanda na Sénégal bifitanye umubano ukomeye ushingiye ku bucuti buri hagati y’abakuru b’ibihugu byombi yaba Perezida Kagame na Macky Sall.

    Muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika hariyo Abanyarwanda benshi batuyeyo, yaba abajyanywe n’amasomo n’abandi barimo abagezeyo mu myaka 40 ishize.

    Guhera mu 2016, RwandAir yerekeje amaso muri Afurika y’Iburengerazuba aho ikorera ingendo mu mijyi myinshi irimo Cotonou, Abidjan, Douala, Dakar [aho igana kuva mu 2017] n’ahandi.

    Perezida Kagame witabiriye Inama y’Ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku Isi n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika i Berlin yahuye na mugenzi we wa Sénégal, Macky Sall, bagirana ibiganiro byihariye

    source : https://ift.tt/3gE97EF

  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yageze mu Budage kuri uyu wa 26 Kanama 2021, aho yitabiriye iyi nama izwi nka izwi nka ‘G20 Compact with Africa (CwA)’, ihuriza hamwe abayobozi b’ibihugu bya Afurika, ibigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye, barimo Perezida wa Sénégal, Macky Sall; Umuyobozi w’Umuryango kENUP Foundation ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Uruganda Siemens South Africa, Sabine Dall’Omo.

    Mu bandi baganiriye n’Umukuru w’Igihugu harimo Werner Hoyer, wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Budage ushinzwe u Burayi, kuri ubu akaba ari Perezida wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi kuva mu 2012.

    EIB ibinyujije kuri Twitter yagize iti “Perezida Werner Hoyer yahuye, anaganira na Perezida Kagame i Berlin.”

    EIB isanzwe ikorana n’u Rwanda kuva mu 2000, mu mishinga itandukanye igamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kuzamura ubukungu by’umwihariko binyuze mu nguzanyo n’inkunga iyi banki igenda itera u Rwanda.

    Mu 2018, EIB yasinyanye n’u Rwanda amasezerano y’inguzanyo ya miliyari 46,8 Frw, agamije kwifashisha mu mushinga wo kubaka uruganda rutunganya amazi mabi mu Mujyi wa Kigali.

    Ubwo hasinywaga ayo masezerano, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yatangaje ko iyi nguzanyo izakoreshwa mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga kizatwara miliyoni 96 z’amadolari ya Amerika, ukaba witezweho gusigasira ubuzima bwiza no kubungabunga ibidukikije.

    Iti “Kigali ni umwe mu mijyi ya Afurika irimo gutera imbere cyane, gushora imari mu mishinga y’amazi n’isukura ni ingenzi mu kongera ubuzima bwiza no kugabanya ibihumanya.”

    Icyo gihe Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya EIB muri Afurika, Aziya na Amerika y’Amajyepfo, Maria Shaw-Barragan, yavuze ko umushinga wo gutunganya amazi mabi muri Kigali uzagirira akamaro benshi cyane, bakagira ubuzima bwiza kandi ukagabanya amazi ahumanye ajya mu migezi akabangamira ibinyabuzima biyibamo.

    Yakomeje avuga ko aya masezerano azatanga umusanzu mu ntego z’iterambere rirambye, zirebana n’ubuzima, imibereho myiza, imijyi imeze neza n’amazi meza n’isukura.

    Yagize ati “Uyu mushinga urakora no ku ihindagurika ry’ikirere, uzatuma habaho igabanuka ry’imyuka ihumanya ikirere. Ni ikintu cyiza ku Isi yose kuko dusangiye ikirere, mureke dushyire hamwe kugira ngo ugere ku ntego yawo.”

    Banki y’Ishoramari y’u Burayi, European Investment Bank (EIB), iteganya kandi gufasha Umuryango kENUP Foundation, mu gutera inkunga ibikorwa byo gukorera inkingo mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

    Mu minsi ishize, Holm Keller, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango kENUP Foundation, utera inkunga ibikorwa birimo ubushakashatsi no guhanga ibishya mu rwego rw’ubuzima, yagiriye uruzinduko i Kigali rutegura gutangira gukorera inkingo n’imiti mu Rwanda.

    Icyo gihe Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yabwiye IGIHE ko bagiranye ibiganiro biganisha ku kureba uko mu Rwanda hatangira gukorerwa inkingo, kureba ibisabwa n’uburyo byakorwamo.

    Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Werner Hoyer uyobora Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi

    source : https://ift.tt/38eMAd2

  • Karongi: Umugabo yishe umukazana we amukase umutwe, anakomeretsa umugabo we – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021, mu Mudugudu wa Biguhu mu Kagari ka Nyabikeri mu Murenge wa Ruganda mu Karere ka Karongi.

    Nyakwigendera yitwa Uwamahoro Dativa, yari afite imyaka 27 y’amavuko.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruganda, Rukesha Emile, yavuze ko ubu bugizi bwa nabi bwaturutse ku makimbirane akomoka ku isambu.

    Yagize ati “Ni byo koko ayo mahano yaraye abaye, ubwo uwo [mugabo] yicaga umukazana we. Amakuru twahawe n’abaturage ni ay’uko umuhungu na se bapfuye isambu y’inkuracyobo bari barahaye umusore ubwo yashyinguraga nyina se agashaka kuyisubiza, ariko iperereza riracyakomeje.”

    Yakomeje asaba abaturage ko igihe bagiranye amakimbirane bagomba kwegera inzego z’ibanze bahereye ku Isibo aho kugira ngo bikururire ikibazo kuko ari uwagikoze n’uwagikorewe bibagiraho ingaruka.

    Umugabo wishe umukazana we yahise atabwa muri yombi; afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gashari.

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kirinda kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.


    source : https://ift.tt/38jnTMK

  • Ikigega Nyafurika cy’Ubwisungane kigiye gufasha abikorera bo mu Rwanda bafite imishinga baburiye ubushobozi – #rwanda #RwOT

    PSF yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu aribwo hazasinywa amasezerano n’iki kigega gifite icyicaro i Niamey muri Niger, kikaba gifite intego yo gufasha mu iterambere ry’ubukungu n’urwego rw’imari mu bihugu 14 bya Afurika.

    ASF ifasha mu gutanga ingwate ku nguzanyo, kugira ngo imishinga itabona inguzanyo byorohe, kugira ngo ibyerekeye inyungu bibashe kugabanuka ndetse no kuba gishobora gufasha kugira ngo igihe cyo kwishyura inguzanyo ku mishinga runaka kibe kirekire kurushaho.

    Ubuyobozi bwa PSF bwatangaje ko mu rwego rwo korohereza abacuruzi kubasha gufashwa na ASF, bagiye kugirana na yo amasezerano y’imikoranire.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umukozi ushinzwe Itumanaho muri PSF, Kabera Eric, yavuze ko kuba bagiye gukorana n’iki kigega cya ASF ari iby’ingenzi cyane by’umwihariko ku bacuruzi bo mu Rwanda babaga bafite imishinga ariko barabuze amafaranga ahagije yo kuyishyira mu bikorwa.

    Ati “Usanga abikorera cyangwa se abacuruzi bacu hano mu Rwanda akenshi baba bafite imishinga myiza ariko nta bushobozi bafite mu by’imari. Iki kigega rero kigufasha kubona amafaranga mu mabanki.”

    Yakomeje agira ati “Tugiye rero kugirana na cyo amasezerano ku buryo kizajya gifasha abacuruzi bacu bafite imishinga, kibashakire amafaranga yo gushoramo, ni ikigega kitagira ubwoko bw’imishinga gifasha ahubwo upfa kuba ari umushinga mwiza wanawukoze neza.”

    Kabera yahamagariye abikorera bo mu Rwanda gutangira kugana iki kigega cya ASF kuko cyagiye gifasha benshi muri Afurika.

    ASF isanzwe ikorana na Banki Nyarwanda y’Iterambere, BRD aho mu 2013, impande zombi zasinyanye amasezerano y’imikoranire ndetse mu 2016 iki kigega cyahaye BRD miliyari 1,5Frw yo gufasha imishinga itandukanye y’iterambere.

    Ikigega Nyafurika cy’Ubwisungane (African Solidarity Fund) cyatangiye mu mwaka wa 1976, gifite ibihugu binyamuryango 14, birimo n’u Rwanda. Ibyinshi mu bihugu binyamuryango ni ibyakolonijwe n’u Bufaransa.

    Umukozi ushinzwe Itumanaho muri PSF, Eric Kabera, yavuze ko ari iby’agaciro gukorana n’Ikigega Nyafurika cy’Ubwisungane [African Solidarity Fund], ASF

    source : https://ift.tt/3yw78IV

  • Gatsibo: Imibiri irenga 5000 irimo iyakuwe mu rwobo igiye gushyingurwa mu rwibutso rushya – #rwanda #RwOT

    Iyi mibiri izashyingurwa ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Kanama 2021, mu muhango uzabera ku rwibutso rushya rwa Kiziguro ruheruka kuzura rutwaye arenga miliyoni 600 Frw.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Kantengwa Mary, yabwiye IGIHE ko imibiri izashyingurwa irimo irenga ibihumbi 5000 iheruka gukurwa mu rwobo hafi y’Urwibutso rwa Kiziguro n’indi yimuwe aho yari iri mu Rwibutso i Bugarura.

    Ati “ Hari imibiri irenga ibihumbi 5000 yakuwe mu rwobo ruri iruhande y’urwibutso, hakaba indi mibiri 254 izimurwa ikuwe mu Rwibutso rwa Bugarura hari kandi indi mibiri yavanwe mu mirenge hirya no hino yo ni 15.”

    Kiziguro iri mu yahoze ari Komini Murambi yayoborwaga na Gatete Jean Baptiste kuri ubu ufungiye i Arusha, aho yakatiwe igifungo cy’imyaka 40 nyuma yo kujurira igifungo cya burundu yari yarahawe nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside.

    Tariki ya 11 Mata 1994 ni wo munsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye kuri Kiliziya i Kiziguro kuko ari bwo hishwe benshi hikangwa ko ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zigiye kuhagera, ku mugoroba bafashe abantu bataricwa babikoreza imirambo babakoresha urugendo nk’urwa metero 300 bajya kujugunya ya mibiri mu mwobo munini wari hafi aho ari nayo yakuwemo umwaka ushize.

    Urwibutso rwa Kiziguro rusanzwe rushyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi igera ku bihumbi 14 biciwe mu yahoze ari Komini Murambi.

    Imibiri irenga 5000 irimo iyakuwe mu rwobo igiye gushyingurwa mu Rwibutso rushya rwa Kiziguro

    source : https://ift.tt/3krS75M

  • Perezida Kagame yageze mu Budage mu Nama ihuza ibihugu 20 bikize ku Isi – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 26 Kanama 2021, irahuriza hamwe abayobozi b’ibihugu bya Afurika, ibigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.

    Biteganyijwe ko izaba igizwe n’ibice bibiri, kimwe kizahuza abakuru b’ibihugu bayitabiriye n’abashoramari ‘G20 Investment Summit’ mu gihe ikindi kizahuza abakuru b’ibihugu.

    Ibiganiro bizabera muri iyi nama bizagaruka ku buryo bwo kunoza ubucuruzi no kongera ishoramari ku Mugabane wa Afurika.

    Biteganyijwe kandi ko hazanaganirirwa ku ngingo ijyanye no gutangira gukorera inkingo muri Afurika, ibintu bizafasha uyu mugabane guhangana n’ibyorezo bitandukanye birimo na COVID-19.

    Ubwo iyi nama yabaga mu 2019, Perezida Kagame yabwiye abayitabiriye ko igihe kigeze ngo bashore imari mu Rwanda no muri Afurika kuko ubu uyu mugabane uberanye n’ishoramari ry’amahanga.

    Inama y’ibihugu 20 bikize ku Isi n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, yatangijwe mu 2017, mu gihe u Budage bwari buyoboye iri huriro.

    Ibihugu 12 byo ku Mugabane wa Afurika ni byo byamaze kwinjira muri ubwo bufatanye ari byo Benin, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopie, Ghana, Guinea, Maroc, u Rwanda, Sénégal, Togo na Tunisie.

    Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ubwo yitabiraga Inama ihuza ibihugu 20 bikize ku Isi mu 2019

    source : https://ift.tt/3t3eimR

  • Urwibutso ku munsi w’icuraburindi; uko Perezida Kagame yavuye mu Rwanda ahunga abajenosideri – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 23 Ukwakira 1957 ni bwo Paul Kagame [waje kuba Perezida w’u Rwanda] yabonye izuba; yavukiye i Nyarutovu mu yahoze ari Komini Tambwe, Perefegitura ya Gitarama ubu ni mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

    Mu gihe ivanguramoko ryibasiraga abo mu bwoko bw’Abatutsi, umuryango wa Paul Kagame uri mu yatotejwe maze abasaga 100.000 bava mu byabo bahungira mu bihugu by’abaturanyi.

    Mu 1959, umuryango wa Kagame warahunze ujya kuba mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bw’u Rwanda, aho wamaze imyaka ibiri mbere yo kwerekeza muri Uganda mu Nkambi ya Nshungerezi.

    Mu gitabo “L’Homme de fer” kirimo ikiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’umunyamakuru François Soudan muri Nzeri 2015, yagarutse ku rwibutso afite ubwo yahungaga igihugu cye cy’amavuko.

    Yagize ati “Ndibuka uwo munsi mu 1961 ubwo nahatirwaga kuva mu gihugu cyanjye. Nari mfite imyaka ine ndetse amashusho nabonye nayibutse kubera ibihangano bankoreye. Muzi ko iyo ufite imyaka itatu cyangwa ine, hari amashusho n’ibikorwa bitibagirana mu ntekerezo zawe. Iyo rero abandi bantu babikubwiye bundi bushya, biguma mu bwonko bwawe.’’

    Perezida Kagame avuga ko ‘umubyeyi we’ Asteria Rutagambwa ubwo baterwaga atifuzaga ko bafatirwa mu rugo, bakaba banahicirwa.

    Mu buhamya bwe, avuga ko yibuka neza umunsi ababatotezaga babirukanye mu nzu y’iwabo ndetse yiboneye n’amaso ye akaga Abatutsi bahuye nako.

    Ati “Kuri uwo munsi, batwitse inzu nyinshi, bishe amatungo n’abantu ndetse basaga n’abafite umurava wo kwikiza abantu bose babegereye bagasoreza ku nzu yacu yari yitaruye umuhanda mugari.’’

    “Mama yasaga n’uri kudutegurira kubyakira. Nyuma y’akanya gato, yatubwiye kuva mu nzu, tugategerereza ikiri bube. Ntiyashakaga ko dufatwa ndetse tukicirwa mu nzu yacu.’’

    Muri icyo gihe, Umwamikazi Rosalia Gicanda [uyu ni mubyara wa Asteria Rutagambwa] wari utuye nko mu minota 30 cyangwa 45 uvuye iwabo na Paul Kagame, yumvise ubwicanyi buri kuhakorerwa ahita yohereza imodoka yo kubatwara.

    Perezida Kagame avuga ko ibi byabaye mu gihe we n’umuryango we bari batangiye gutekereza uko bakwihisha.

    Ati “Ntitwari tuzi ko imodoka aritwe ije isanga. Umushoferi yahaye mama ibaruwa isobanura ko yoherejwe kugira ngo amenye uko tumeze no kutujyana aho Umwamikazi ari niba nta kibazo kirimo kandi mu by’ukuri hari ikibazo.’’

    -  Perezida Kagame n’abo mu muryango we babonesheje amaso abashakaga kubambura ubuzima

    Ubwo umuryango wa Kagame wameneshwaga, umubyeyi we Rutagambwa Deogratias ni we wahunze mbere.

    Bitewe no kuba ari we wahigwaga cyane kurusha abandi, Rutagambwa yabanje guhungira i Burundi mu mezi ya mbere, nyuma akomereza muri Congo.

    Kagame yibuka ko ubwo imodoka yoherejwe kubafata yageraga hafi y’iwabo, hari Abahutu bamwe bayibonye, bahagarika ibyo bakoraga berekeza iwabo ngo bababuze guhunga.

    Ati “Twari dutuye ku gasozi hejuru, byari byoroshye kubabona bihuta baza aho twari turi baturutse ku kandi gasozi, banyuze hasi mu kibaya. Mama yatubwiye ko nta mwanya uhari wo gusubira mu rugo cyangwa se kugira ikindi icyo ari cyo cyose dufata. Twahise twinjira mu modoka, twageze ku rugo rwacu cya gihiriri cyari kije kutugirira nabi cyahageze.’’

    Yakomeje ati “Twahise dukomereza i Nyanza mu muryango wa mama. Twahamaze icyumweru, turongera turimuka, tujya kwa nyogokuru na sogokuru, iwabo wo kwa mama mu Mutara.’’

    Icyo gihe, Kagame avuga ko abavandimwe be batatu bari bahari ariko ntibari babayeho nabi kuko bari mu muryango mugari.

    Ati “Hari sogokuru, musaza wa mama wari na se w’Umugabekazi n’undi muvandimwe wa gatatu. Guhurira aho hantu, twari umuryango munini rwose. Ni aho twahungiye ariko ubwicanyi bwakomeje kwiyongera hirya no hino bugera no mu Mutara, ni bwo twambukaga umupaka twerekeza muri Uganda mu gace bita Kamwezi.’’

    Mu 1959, ubwo umuryango wa Kagame wahungaga wahise ujya mu Nkambi ya Nshungerezi muri Uganda.

    Bakigerayo, Kagame yatangiriye amashuri hafi y’inkambi y’impunzi, aho we n’abandi bana b’impunzi babaga. Ku myaka icyenda y’amavuko, yimukiye ku kindi kigo cy’amashuri abanza cya Rwengoro, aharangiriza amashuri abanza afite amanota meza bimuhesha kwiga mu Kigo cya Ntare kiri mu bikomeye muri Uganda.

    Kagame n’abandi basore bari barambiwe ubuzima bw’ubuhunzi, bishyize hamwe bahuza umugambi wo guharanira uburenganzira bwabo wo gutahuka mu gihugu cyabo bahezwagamo.

    Iya 1 Ukwakira 1990, ni bwo urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiye. Mu bushobozi buke, buherekejwe n’ubwitange Kagame wari uvuye ku ishuri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasanze ingabo zari zimaze gucika intege kubera abakuru muri zo bari bamaze kwicwa n’umwanzi. Uyu mugabo yayoboye ingabo yasanze zitarenga 2000 azigeza ku ntsinzi.

    Perezida Kagame yabaye Visi Perezida abifatanyije no kuba Minisitiri w’Ingabo kuva mu 1994 kugeza mu 2000. Yabaye perezida mu 2000 ndetse ari kuyobora manda ya gatatu.

    Iyi foto yafashwe mu Ugushyingo 1957, uhereye ibumoso: Mzee Mutembe ubyara Kagame muri Batisimu, uteruye umwana ni Agnes Bezinge nyina muri Batisimu mu gihe abandi ari umubyeyi we Asteria Rutagambwa na Gatarina Bushayija wari inshuti y’umuryango

    Perezida Kagame wakuriye mu buhunzi, yabyirutse ari umwana uca bugufi

    source : https://ift.tt/3jjQGqE

  • Abafite amafoto batishimiye mu ndangamuntu bashobora kuyakosoza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ukosoza indangamuntu akaba yitwaza icyemezo cy’amavuko kitarengeje iminsi 30 gitanzwe, cyangwa kigasimburwa n’ifishi y’ibarura y’ababyeyi, iyo ikaba ari ya fishi y’umuhondo yandikishijwemo umwana mbere ya 2007 ibikwa ku murenge iriho umukono wa Noteri.

    Ushaka gukosoza indangamuntu utabonye ibyo byose yitwaza icyemezo cy’amazina yitwaga mu mashuri abanza kuko icyo gihe umwana aba atari yakagira ubwenge bwo guhinduza amazina, pasiporo cyangwa resepase yigeze kugenderaho agiye mu mahanga.

    Alexis Ingangare ushinzwe irangamimerere muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), avuga ko ukosoza indangamuntu utabonye ibyo byose kandi ashobora kwemererwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko yitwa runaka kugira ngo ukosoza indangamuntu ye yemererwe na NIDA.

    Umwanditsi w’irangamimerere ku murenge ni we ufite urufunguzo rwo guhindura no gukosoza indangamuntu.

    Bimwe mu bibazo bigaragazwa n’abafite ikibazo cyo gukosoza indangamuntu harimo kuba bitinda ugereranyije n’uko ikibazo cyawe kihutirwa, nko kwiyandikisha muri Kaminuza, cyangwa ibindi bibazo byihutirwa.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu gitangaza ko hari amakosa yoroheje agaragara ku ndangamuntu harimo nko kongera cyangwa kugabanyirizwa imyaka, kwibeshya ku gitsinda n’amakosa y’imyandikire mu mazina.

    Umuyobozi w’agashami gashinzwe gukora indangamuntu mu kigo cy’Igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA) Diedonné Manago Kayihura, avuga ko amakosa yose ku ndangamuntu asuzumwa n’umwanditsi w’Irangamimerere ku murenge.

    Avuga ko umwanditsi w’Irangamimerere yemerewe kuyakosora igihe usaba gukosoza yagaragaje ibimenyetso bifatika, cyakora igihe umwanditsi w’irangamimerere abona harimo urujijo gusaba gukosora indangamuntu byoherezwa mu rukiko ariko nabwo ngo ntiwajya mu rukikiko utanyuze ku mwanditsi w’irangamimerere.

    Agira ati “Iyo gukosoza kumvikanye ku mwanditsi w’irangamimerere aragukosorera nta kibazo, twe akadusaba guhindura indangamuntu”.

    Mu kwezi kumwe uwifuza guhindura ifoto ku ndangamuntu yaba yabonye indi

    Diedonné Manago Kayihura avuga ko ibibazo byagiye bigaragara mu ndangamuntu bigaragaza ifoto y’umuntu itakijyanye n’uko asa mu ndangamuntu, NIDA itangaza ko byemewe kuza gukosoza ayo mafoto igihe ubisabye.

    Avuga ko bisaba gusa kwihyura 1500frw ku Irembo, hanyuma n’ubundi usaba gukosoza akajya ku mwanditsi w’irangamimerere agasuzuma iby’iyo foto agafotorwa agategereza iminsi 30 indangamuntu ye akaba yayibonye.

    Ku bijyanye n’amakosa ku ndangamuntu ashyira ibibazo kuri nyir’indangamuntu, NIDA itangaza ko hamaze gufotorwa abantu basaga miliyoni umunani kandi abamaze gukosoza bakaba batarenga ibihumbi 50, bivuze ko ngo abagize ikibazo ari bo bake kandi abasaba gukosoza babyemerewe.

    Ingangare we avuga ko hari n’abantu batitaye ku mazina bwite y’abana babo aho wasangaga hari abandikisha amazina y’amahimbano bikaba bigoranye kuyahindura kubera amakuru yatanzwe atari yo.

    Agira ati “Hari nk’umuntu wazaga kwandikisha umwana we ntiyite ku mazina bwite bamwise ahubwo akivugira ako bamuhimba ati umwana yitwa Rudomoro ibyo bikaba bigorana kuko iryo zina riri muri System riba ritandukanye n’iryo yitwa”.

    Ku bijyanye no kuba hari abantu bigaragara ko bashyingiwe muri Sisiteme ariko mu by’ukuri ari ingaragu, ngo na byo si ngombwa ko umuntu ajya mu rukiko iyo umuntu afite ibimenyetso by’uko atashyingiwe mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Hari n’abayobozi bavuga ko birukana abaturage bakabohereza mu nkiko igihe bagiye gukosoza kugira ngo hatazagira ikibakurikirana, ibyo ngo sibyo kuko bikwiye ko hasuzumwa ibimenyetso bituma umuntu akorerwa indangamuntu.

    Kuri ubu mu Rwanda harimo kuba gahunda zo gufasha abaturage ku bibazo by’irangamimerere izamara icyumweru cyose, kugira ngo abafite ibibazo by’irangamimerere bacikanwe birimo nko kwandukuza abapfuye bafashwe.

    source : https://ift.tt/3zsqeAY

  • #COVID19: Abantu 8 bitabye Imana, abahawe urukingo rwa mbere mu munsi umwe ni 95,541 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 8 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1056. Abitabye Imana ni abagore 4 n’abagabo 4.

    source : https://ift.tt/2Y0lggS