Tag: featured

  • Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yasuye imipaka ihuza u Rwanda na Congo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    CSP Kalisa yabanje kwereka abashyitsi imiterere y’iyi Ntara, uburyo ihana imbibi n’Igihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Yaberetse ishusho rusange ya Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba n’ibyaha biza ku isonga muri iyi Ntara n’uko abapolisi bategura ibikorwa (Operations), uko bakora amarondo ya n’ijoro (Patrol) n’uko bacunga umutekano ku mipaka mu rwego rwo guhangana n’ibyo byaha.

    CSP Kalisa yagize ati “Iyi Ntara ifite uturere dukora ku gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo twinshi. Aho hose usanga hari abantu bashaka kuhanyuza ibiyobyabwenge n’ibicuruzwa bya magendu bashaka kubyinjiza mu Rwanda ndetse hari n’ubwo abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bahifashisha bashaka kwinjira mu Rwanda. Kubera izo mpamvu abapolisi bacu bafatanije n’inzindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage bahora bari maso amanywa n’ijoro.”

    Yakomeje agaragariza abashyitsi uko Polisi y’u Rwanda ishyira imbaraga mu kuzamura imibereho myiza y’abapolisi kugira ngo bashobore gusohoza neza inshingano zabo. Yaberetse amafunguro ahabwa abapolisi, isuku iri aho ategurirwa, aho barira, aho barara (amacumbi) ndetse n’inyubako bakoreramo (offices).

    Nyuma y’ibi, abashyitsi basuye ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika iharanira Deomokarasi ya Congo noneho bajya kwirebera n’amaso yabo ibyo umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yari amaze kubabwira. Basuye umupaka munini unyurwaho n’ibinyabiziga, umupaka uzwi ku izina rya La Corniche One Stop Boarder Post. Banasuye n’umupaka mutoya unyurwaho n’abanyamaguru, uzwi ku izina rya La Petite Barriere.

    Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho n’intumwa ayoboye banyuzwe n’uburyo abapolisi baba biteguye neza mu kazi kandi bari maso mu kugenzura urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga biba birimo kwambuka imipaka yombi.

    Yagize ati” Mwatubwiye ko kubera icyorezo cya COVID-19 urujya n’uruza rusa nk’urwaganutse kuri iyi mipaka yombi ariko n’ubundi turabona hari urujya n’uruza rw’abantu benshi. Dushimishijwe n’ukuntu ku ruhande rw’u Rwanda abapolisi bahacunga umutekano n’ubushishozi bwinshi, basaka buri muntu wese winjiye, mwanateye imbere mu ikoranabuhanga kuko twabonye ukuntu nta muntu ushobora kwijira mu Rwanda mutarebye ibyangombwa bye binyuze mu ikoranabuhanga.”

    Commissioner of Police Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye banyuzwe kandi n’uko Polisi y’u Rwanda yita ku mibereho myiza y’abapolisi avuga ko bitandukanye cyane n’iwabo.

    Ati “Ukuntu abapolisi ba hano mu Rwanda mwabubakiye amacumbi babamo kandi meza ndetse bakanagenerwa amafunguro ku manywa na n’ijoro. Bitandukanye n’iwacu kuko twebwe ntibihaba, buri mupolisi yimenyera aho ataha n’uko ari burye, ni ibintu byiza natwe dukwiye kubyigana tukabikorera abapolisi bacu.”

    Nyuma yo gusura Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yavuze ko akurikije ibyo yiboneye nta gushidikanya ko muri aka Karere Polisi y’u Rwanda yaba iri ku isonga mu gucunga umutekano kandi byose ibikora kinyamwuga n’ikinyabupfura.

    Ku gicamunsi aba bashyitsi banasuye ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi birebera urwego Polisi y’u Rwanda igezeho mu gucunga umutekano wo mu mazi. Bakiriwe n’umuyobozi w’iri shami, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye.

    Ku wa Gatatu tariki ya 25 Kanama aba bashyitsi bari basuye ishuri rya Polisi ritanga amahugurwa riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba. Ni mu ruzinduko rw’iminsi itanu aba bashyitsi barimo kugirira mu Rwanda.

    source : https://ift.tt/38huvLz

  • GS Remera Catholique yahawe ubwiherero bugezweho – #rwanda #RwOT

    Sato Rwanda ni ikigo gisanzwe gikora ubucuruzi bw’ubwiherero n’ibindi bikoresho bifasha mu isuku n’isukura bigezweho. Ubu bwiherero bufite umwihariko w’uko buba bukozwe muri ‘plastique’ kandi bugaterekwa hejuru y’imisarane isanzwe mu rwego rwo kwimakaza isuku no gufasha abana bato bayitinya.

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, ubwo bagezwagaho ubu bwiherero buzwiho kurwanya umwanda no gukumira indwara ziterwa na wo, abarezi, abayobozi n’ababyeyi barerera muri GS Remera Catholique bagaragaje ko bishimiye iyi nkunga izabafasha guhangana n’ikibazo cy’isuku nke.

    Ubuyobozi bwa Sato Rwanda bwabanje gusobanurira ubw’ishuri n’abarezi mu buryo bwimbitse uko ubu bwiherero bukoreshwa ndetse n’icyo buzafasha abanyeshuri mu myigire yabo.

    Umuyobozi wa Sato Rwanda, Ntaganira Cyrus, yavuze ko bitewe n’umwihariko w’ubwiherero bwa Sato abana bazabasha gutinyuka kubukoresha ndetse n’indwara zishobora guterwa n’umwanda zikumirwe.

    Yagize ati “Kuba twabashije kubatera iyi nkunga, abana bahigira bazagira ubuzima buzira umuze kubera ko za ndwara na ya masazi batazongera guhura na byo. Hano higa abana benshi barenga ibihumbi bibiri, muri bo harimo na ba bandi b’incuke bato. Bamwe batinyaga gukoresha ya misarane yo hanze bafite impungenge ko bashobora kugwamo ariko iyi yacu umwana muto aba ashobora kuyikoresha bimworoheye.”

    Yagaragaje ko umwihariko w’umusarane wa Sato Rwanda, ari imiterere yawo yo kwimakaza isuku bidatwaye amazi menshi kandi mu buryo bworoshye.

    Ati “Sato ikoresha amafaranga make mu kuyisukura, byumvikane ko n’amazi bakoreshaga nayo azagabanuka cyane. Birumvikana ko bizagira umusaruro mwiza cyane ku bana bagana iki kigo.”

    Yagaragaje ko ikindi cy’umwihariko ari uko imisarane ya Sato idakoreshwa mu bice by’umujyi gusa ahubwo no mu cyaro bayiyobotse.

    Impamvu ikoreshwa na buri wese ni uko umusarane wa Sato washyirwa ku wo ari wo wose ngo nubwo waba utindishije ibiti, sima, amakaro cyangwa itaka.

    Umuyobozi wa GS Remera Catholique, Mujawamariya Odette, yavuze ko iyi misarane bahawe igiye kubafasha kunoza isuku.

    Ati “Dutoza abana kugira isuku, ibi rero bizadufasha cyane kuko nta mpumuro mbi izava mu musarani. Baduhaye ibikoresho bidufasha ku buryo gukaraba intoki dukoresha amazi make. Uruhare rwacu ni ukubibungabunga no gutoza abana kubifata neza ndetse n’ibyangiritse tukaba twabisimbuza.”

    Umubyeyi uhagarariye abandi barerera muri GS Remera Catholique, Umutesi Marie Louise, yashimye Sato Rwanda yabatekerejeho, anayizeza ubufatanye mu gushishikariza abatuye mu bice bya Remera kurushaho kwitabira gukoresha ubwiherero bwayo.

    Ati “Isuku ni isoko y’ubuzima kandi abana bizabafasha mu myigire yabo. Ibi bikorwa twabihawe n’umuterankunga ku buntu ariko kugira ngo natwe tumutere ingabo mu bitugu ni uko twagerageza kwishakamo ubushobozi bwo kugira ngo umwana nagira isuku ku kigo anayigire mu rugo. Atazakura umwanda mu rugo akawuzana ku ishuri n’ubundi ntacyo byaba bimaze. Tuzashishikariza n’abandi babyeyi kugira ngo natwe tugire ibi bikorwa bya Sato mu rugo.”

    Kuva Sato yatangira gukorera mu Rwanda mu 2017 yayobotswe n’abatari bake. Kugeza ubu ifite imisarane y’ubwoko butatu kandi igezweho, ifite umwihariko wo kwifunga no kwifungura kandi yakoreshwa aho ari ho hose mu gihugu.

    Ubu bwiherero buzafasha abanyeshuri ba GS Remera Catholique kwimakaza isuku

    Abayobozi n’abarezi bagaragaje ko bishimiye kuba ishuri ryabo ryahawe ubu bwiherero

    Amazi ari mu icupa ashobora gukoreshwa n’abantu barenga 10

    Biyemeje gutangira ubukangurambaga ku gukoresha imisarane ya Sato

    Habayeho gusobanura byimbitse imikorere y’iyo misarane

    Hari n’imisarane yorohereza abageze mu zabukuru cyangwa abafite ubumuga

    Imiterere yayo yorohereza buri wese kuyikoresha

    Kugeza ubu hari ubwoko butatu bw’imisarane ya Sato Rwanda kandi bugezweho

    Umuyobozi wa Sato Rwanda, Ntaganira Cyrus, yasabye abantu gutangira kwifashisha iyi misarane kubera inyungu zitandukanye zibirimo

    Ubwo hatahwaga ku mugaragaro ibikorwa bya Sato Rwanda yahaye amashuri

    Amafoto: Niyonzima Moïse


    source : https://ift.tt/3sVtEJG

  • Chancelière Angela Merkel yahaye ikaze Perezida Kagame ku biro bye (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yabaye hagati ya tariki 26-27 Kanama 2021, yayobowe na Chancelière Markel, yitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.

    Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye iyi nama Perezida Kagame, yagaragaje ko kuba Afurika yaruguruye amarembo ku bucuruzi n’ishoramari ritanga umusaruro kandi ubucuruzi ari inzira igana ku iterambere.

    Yagize ati “Afurika yuguruye amarembo ku bucuruzi no ku ishoramari ritanga umusaruro kandi ubucuruzi ni inzira igana ku iterambere n’umudendezo.”

    Yakomeje agira ati “Mu Rwanda, twabonye ubwiyongere bw’abacuruzi b’Abadage n’abashoramari. Turabyishimiye kandi twifuje kubona byinshi. Ikibazo kiri imbere yacu ni uguhindura ubushake bukomeye bwa politiki mu bisubizo bifatika bigaragara.”

    Umukuru w’Igihugu kandi yashimiye Chancelière w’u Budage, Angela Merkel, ku bw’iri huriro rigamije guteza imbere Afurika, ashimangira ko ari rumwe mu ngero nyinshi z’uruhare rwe bwite, imiyoborere no gufata ibyemezo bikwiye bikomeje kumuranga.

    Iri huriro rya G20 compact with Africa ryatangijwe n’u Budage mu mwaka wa 2017, ubwo bwayoboraga itsinda ry’ibihugu 20 bikize ku Isi.

    Kugeza ubu ibihugu 12 bya Afurika ni byo biri muri iri huriro ari byo Benin, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopia, Ghana, Guinea, Morocco, Rwanda, Sénégal, Togo na Tunisia.

    Iri huriro riyobowe n’u Budage bufatanyije na Afurika y’Epfo, nka kimwe mu bihugu bigize iry’ibihugu 20 bikize ku Isi.

    Chancelière w’u Budage, Angela Merkel yahaye ikaze Perezida Kagame

    Abakuru b’ibihugu byombi bagendaga baganira

    Moussa Faki Mahamat uyobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ari kumwe na Chancelière w’u Budage, Angela Merkel

    Ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe i Berlin mu Budage

    Nyuma y’iki kiganiro hafashwe ifoto y’urwibutso

    Amafoto: Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3jqxebX

  • Ababyeyi b’i Kigali bibukijwe inshingano bafite zo kubyara abo bashoboye kurera – #rwanda #RwOT

    Ibi ababyeyi babisabwe ku wa 24 Kanama 2021, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo kurwanya ubuzererezi mu bana bwateguwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS.

    Bwatangirijwe mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge nka kamwe mu gace kagaragayemo abana b’inzererezi benshi.

    Umuyobozi wa NRS, Mufulukye Fred, yongeye kwibutsa Abanyarwanda by’umwihariko ababyeyi n’abayobozi n’izindi nzego zirimo amatorero amadini kugira uruhare mu kurinda abana kuba inzererezi.

    Yavuze ko abana benshi bavanwa mu muhanda bavuga ko bayigiyemo bahunga amakimbirane y’ababyeyi babo aturuka ku mpamvu zitandukanye.

    Yakomeje ati “Icyo twibutsaga ababyeyi ni izo nshingano, ikindi hari n’aho usanga nk’ababyeyi bafite umwana umwe, babiri cyangwa batatu, wamubaza impamvu bagiye mu muhanda akakubwira ngo nta bushobozi.’’

    “Icyo rero dusaba abyeyi niba abona nta bushobozi afite bwo kurera umwana ntabwo anakwiriye kumubyara, namureke igihe azabona ubushobozi abyare cyangwa se anafite ubushobozi bw’umwana umwe amubyare niba afite ubwa bana babiri abyare babiri ariko kubyarira mu muhanda kandi uvuga ngo nta bushobozi ufite ntabwo ibyo bintu bijyana.”

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, kigiye gushyiraho gahunda cyise “Tubagororere mu Mudugudu” igamije kurwanya ubuzererezi bihereye mu mudugudu; izaba igizwe na Komite irimo abajyanama b’ubuzima n’inshuti z’umuryango n’abayobozi b’imidugudu n’abamasibo.

    Mukaremezo Fortunata ufite umwana wavuye mu muhanda agasubira mu ishuri yabwiye IGIHE ko yishimiye ko yafashijwe kwiga.

    Ati “Akiba mu muhanda nta mahoro nagiraga, hari ubwo namutekerezaga nkumva agahinda kagiye kunyica. Njye nkeka ko byose biterwa n’ubushobozi buke kuko ntabwo umwana yakunanira ngo ajya mu muhanda abona buri kintu cyose akeneye. Ndashima Leta yabadukuriye mu muhanda iri no kubishyurira ishuri.”

    Umwe mu bana bavuye mu muhanda agasubira mu ishuri, we yagaragaje ko ubwo yari muri ubwo buzima yari abayeho nabi cyane anashimangira ko nta cyiza cyo kuba mu muhanda. Yasabye bagenzi be bakiri mu buzererezi kubuvamo.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, cyemeza ko abana 3096 aribo bari baragiye mu muhanda mu gihe 2641 muri bo bavuyemo ndetse muri bo 223 basubiye mu ishuri.

    Mu murenge wa Kigali abana bagera kuri 59 bakuwe mu muhanda basubizwa mu ishuri bashimiye Leta

    source : https://ift.tt/3kCVR4C

  • U Rwanda rwemerewe ikoranabuhanga rikoreshwa mu gukora inkingo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    U Rwanda na Sénégal bemerewe iri koranabuhanga nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame n’ibigo bitandukanye harimo na BioNTech yo mu gihugu cy’u Budage.

    Perezida Paul Kagame ari mu gihugu cy’u Budage kuva tariki ya 26 Kanama 2021 mu nama izwi nka G20, igamije kongera ishoramari muri Afurika, mu nzego z’abikorera.

    Muri iyi nama rimwe mu ishoramari ryagaragajwe harimo no gukora inkingo za Covid-19 ikomeje kuzambya ubukungu n’ishoramari ku isi, mu gihe umugabane wa Afurika ukiri hasi mu gutanga inkingo aho abamaze gukingirwa batarenze 2%.

    Inganda eshatu muri Afurika zemerewe gukora inkingo harimo uruganda ruri muri Sénégal, u Rwanda na Afurika y’Epfo.

    U Rwanda rukaba rugeze kure ibikorwa byo kwitegura gukora inkingo kimwe mu byari bitegerejwe akaba ari ikoranabuhanga rikoreshwa mu gukora inkingo.

    Perezida Paul Kagame mu kwezi kwa Kamena 2021 yatangaje ko umugabane wa Afurika ukeneye kwikorera inkingo kugira ngo ubone izihagije, aho gutegereza izivuye mu bindi bihugu.

    Yagize ati “Biroroshye Afurika igomba kuba umufatanyabikorwa ungana n’abandi bose bo ku Isi cyane iyo bigeze ku gukora inkingo aho gutegereza inkingo ziturutse aho hantu bazikorera.”

    Perezida Paul Kagame avuga ku nkingo zizakorerwa mu Rwanda yavuze ko bizaba ari umwihariko.

    Ati “Tuzaba turi mu hantu ku mugabane hazakorerwa inkingo, twakoranye n’inganda zifite ubunararibonye mu ikoranabuhanga rya mRNA, iri ikoranabuhanga rishya rikoreshwa mu bintu byinshi, mu buhinzi cyangwa ku bindi byorezo. Twamaze kuganira n’abafite iryo koranabuhanga turi kuganira n’abantu bazatanga inkunga mu buryo bw’amafaranga ndetse ndatekereza ko mu mezi make dushobora gutangira gukora ibitarigeze bibaho.”

    mRNA u Rwanda rwemerewe ni uburyo bushya buri kwifashishwa mu ikorwa ry’inkingo z’indwara zandura zirimo na COVID-19.

    mRNA ni bwo buryo inkingo z’Abanyamerika zirimo Moderna na Pfizer zakozwemo.

    source : https://ift.tt/38kkTj5

  • Kigali: Gutanga urukingo rwa mbere rwa Covid-9 byasubitswe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itangazo RBC yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Gatanu, riravuga ko guhera ejo ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021, mu Mujyi wa Kigali hazakingirwa gusa abafata urukingo rwa kabiri, mu gihe hagitegerejwe ko haboneka izindi nkingo, bityo gukingira abatarabona urukingo na rumwe bisubukurwe.

    Iyo mpinduka ngo itewe n’uko ibyiciro by’abaturage b’Umujyi wa Kigali byari biteganyijwe gukingirwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri bitabiriye cyane, ku buryo imibare yateganywaga gukingirwa buri munsi yikubye inshuro zirenga ebyiri.

    Iryo tangazo rikomeza rivuga ko abafata urukingo rwa kabiri bazakomeza kujya ku bigo nderabuzima, uretse abasheshe akanguhe n’abafite impamvu zigaragara zituma batabasha kugera aho bakingirirwa.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko iyo gahunda yasubitswe mu Mujyi wa Kigali gusa, ko ahandi abakingirwa bwa mbere bikomeza.

    Yakomeje avuga ko abagombaga gukingirwa, ni ukuvuga mu cyiciro cyo guhera ku myaka 18 batagezweho, ko uko inkingo zizagenda ziboneka bazamenyesherezwa igihe bazakingirirwa kuko gahunda ikomeje.

    source : https://ift.tt/3mFApOI

  • Nyagatare: Gutera amabuye ku modoka byaturutse ku makosa y’umushoferi wayo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ushinzwe ingendo za Excel mu Ntara y’Iburasirazuba, Nkuranga John Bosco, avuga ko imodoka yahagurutse saa kumi na 15 z’igitondo irimo abagenzi 14. Igeze ku muhanda ujya kuri Hotel ya Epic, ngo umushoferi yahagaritswe n’abagenzi batatu b’abagabo bigaragara ko bari basinze berekeza i Ryabega.

    Bageze ku mudugudu wa Ryabega ngo bishyuye umukozi ushinzwe gutanga amatike wa kompanyi ya Yahoo ukorera Karangazi wari wahawe lifuti, abura ntibumvikana ku mafaranga bamuhaye bararwana.

    Ati “Bageze Ryabega ku mudugudu ba bagenzi niho basigaraga, bahaye uwo mukozi wa Yahoo amafaranga baba ariyo bapfa. Abagenzi bavugaga ko bishyuye 6,000Frs na ho uwo mukozi wa Yahoo akavuga ko bamuhaye 5,000Frs. Nabwo shoferi yababwiye ko bareka akabageza muri gare Ryabega akabona abamuvunjira abandi baranga imirwano iratangira”.

    Nkuranga avuga ko mu kurwana, umwe muri abo bagenzi inkoni ye yafashe mu kirahure cy’aho abagenzi bicara kikameneka, bagahitamo kwiruka bahunga.

    Yagize ati “Mu kurwana ba bagenzi babonye ko ikirahure kimenetse bahitamo kwiruka bahunga, abandi babirukaho ni ko kubatera amabuye ngo batabafata, ibuye rifata ikirahure cy’imodoka cy’inyuma. Urebye birwanagaho naho ntibashakaga kwiba”.

    Nkuranga avuga ko abo bagenzi bamennye ibyo birahure ntawe urafatwa ariko barimo gukurikirana ikibazo.

    Avuga ko ibyabaye ari amakosa ya shoferi kuko atemerewe gushyiramo abagenzi mu nzira no kwakira amafaranga mu ntoki.

    source : https://ift.tt/3sT6fc3

  • Abanyeshuri 9000 bagiye gusoza amasomo muri UR – #rwanda #RwOT

    Abasoje amasomo ni abo muri koleji esheshatu za UR. Umuhango nyir’izina urabera mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Camp Kigali, witabirwe n’abantu bake batarenze 100 kubera ingamba zo kwirinda Covid-19.

    Abandi baraza kuwukurikira bifashishije ikoranabuhanga ndetse uranatambuka kuri Televiziyo y’Igihugu guhera saa 8:45 kugeza 10:15.

    Ni ku nshuro ya Karindwi Kaminuza y’u Rwanda igiye gushyira ku isoko ry’umurimo abanyeshuri bashya nyuma y’uko ihujwe n’andi mashuri makuru na kaminuza bya leta arindwi.

    Abanyeshuri barenga 9000 nibo bagiye gusoza amasomo yabo muri UR

    source : https://ift.tt/3sSMSQh

  • RMC imaze gukemura ibirego 360 byaregwagamo abanyamakuru mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mugisha Emmanuel yagaragaje ko kuva muri 2013 hashyirwaho urwego rw’abanyamakuru bigenzura hakozwe byinshi kugira ngo umunyamakuru ahabwe agaciro birimo no guharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru ndetse no guhesha ishema uwo mwuga.

    Mu byakozwe harimo gukurikirana ibirego 360 byaregwagamo abanyamakuru ariko bakoze amakosa yo mu mwuga bakora wo gutara no gutangaza amakuru.

    Ibi byagarutsweho mu mahugurwa yahuje abanyamakuru, abanyamategeko, abacamanza, abagenzacyaha n’abashinjacyaha mu Rwanda agamije kungurana ibitekerezo ku ngingo irebana n’ubwisanzure bw’itangazamakuru, ubwo gutanga ibitekerezo n’ibihano ku warengereye.

    Mu kiganiro cyagarukaga ku bufasha urwego rw’abanyamakuru bigenzura RMC ruha abanyamakuru, cyatanzwe na Mugisha Emmanuel ndetse n’umunyamakuru Muganwa Gonzague, bagaragagaje ko hari intambwe yatewe mu kwisanzura kw’itangazamakuru n’ubwo hakiri n’ibyo kunozwa.

    Muri 2013 nibwo hashyizweho Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura nk’urufite inshingano zo kurinda umunyamakuru, gushyiraho umurongo w’imyitwarire igenga umwuga, imikorere n’ubuvugizi ku bwisanzure bw’itangazamakuru.

    Mugisha yavuze ko kuva uru rwego rwakwemezwa, hari byinshi byahindutse nko kubona ubwisanzure bw’itangazamakuru ndetse no kugabanya imanza za hato na hato zashoraga abanyamakuru mu nkiko.

    Ati “Kera tutari twabona izi nzego, ndibuka ko abanyamakuru bajyaga kwandika inkuru ariko zimwe na zimwe zikabanza guca mu biro by’ubushinjacyaha kureba niba zakwemerwa cyangwa zitemerwa. Amakosa y’abanyamakuru yagaragara ugasanga hajemo inzego z’ubutabera , ubugenzacyaha, CID, n’ubushinjacyaha, bagakoresha amategeko kandi rimwe na rimwe ugasanga ntabwo arengera wa munyamakuru ahubwo ararengera rubanda.”

    Yakomeje agira ati “Ibyo byose byasaga nk’aho bishyize uyu mwuga mu mwanya w’ubwoba, kugeza ubwo uvuga uti sinakora iki kuko ningikora nshobora kwisanga mu manza mpanabyaha.”

    Yagaragaje ko mu mwaka wa 2011 hari ingingo zimwe na zimwe zakuwe mu itegeko, ibyo byose bigaragaza ubushake bwa Leta mu kubaka itangazamakuru riteye imbere mu gukorera abanyarwanda.

    Yongeraho ati “Harimo kuba haramutse habayeho amakosa bitabajyana(abanyamakuru) mu manza mpanabyaha. Kugeza uyu munsi navuga ko imanza hafi 360 zagejejwe muri RMC nta na rumwe rwigeze rugera mu nkiko.”

    Kuba nta rubanza rwajyanwe mu rukiko bisobanuye ko uru rwego rwunze abanyamakuru baregwaga n’ababarega binyuze mu buryo bw’ibiganiro aho kubijyana mu manza.

    Mugisha yagaragaje ko nubwo hari abanyamakuru bakora ibyaha byo mu mwuga bagahita bajyanwa mu nkiko biterwa n’uko biba byabaye ibyaha mpanabyaha bityo bigahita byoherezwa muri nkiko kuko bataba bakibifiteho ububasha.

    Aha hatanze urugero ku banyamakuru batatu bafunzwe bahoze bakorera shene ya Youtube Iwacu TV bamaze hafi imyaka ine bari mu gihome.

    Ku ruhande rw’abanyamakuru, bagaragaje ko hari ibyagezweho kuva uru rwego rwashingwa ariko ko hakiri imbogamizi zirimo zikwiye gushakirwa umuti mu buryo burambye nk’uko Muganwa Gonzague yabigarutseho.

    Ati “Ikintu cy’ingenzi kandi twakibandaho ni uko RMC, nk’urwego rw’abanyamakuru bigenzura, rutangwa mu mutego bika byagaragara ko ari igikoresho cyo gucecekesha(kuniga) abanyamakuru. N’impamvu igihari ni uko, nubwo hari aho rutabikoze neza ariko nibura ruracyafitiwe icyizere.”

    Hari kandi abagaragaje ko uru rwego rukiruma ruhuhaho ku bijyanye n’imikorere ya bimwe mu bitangazamakuru byibasira abantu runaka nyamara ntirugire icyo rubikoraho.

    Abari mu buyobozi bwa RMC bari gusoza manda. Mugisha Emmanuel yagaragaje ko icyorezo cya Covid-19 ari cyo cyabaye intambamyi ngo hakorwe amatora ariko ko mu bihe bya vuba azakorwa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel yavuze ko RMC yabashije gukemura ibibazo bigera 360 guhera mu 2013

    Kugeza ubu RMC iyobowe na Cleophas Barore uri gusoza manda

    Abanyamakuru bagaragaje ko hari ahakiri icyuho mu mategeko agenga umwuga w’itangazamakuru

    source : https://ift.tt/3gF6faF