Tag: featured

  • Abikorera bo Ntara y’Uburengerazuba biyemeje kuzamura imisoro batanga binyuze mu ikoreshwa rya EBM – #rwanda #RwOT

    Ibi byagaragajwe kuri uyu wa 27 Kanama 2021, mu nama yahuje izi mpande zose, nyuma y’uruzinduko rw’akazi Komiseri Mukuru wa RRA ari kugirira mu Karere ka Rubavu ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ni uruzinduko rwari rugamije kureba uko ubucuruzi bukorwa n’uko ibicuruzwa byambukiranye ibi bihugu byombi bisora.

    Muri iyi nama Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro n’abikorera bemeranyijwe kongera ubukangurambaga mu ikoreshwa rya EBM mu rwego rwo kongera imisoro igihugu cyinjiza.

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Uburengerazuba, Hitayezu Dirigeant yavuze ko bakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19 ariko yizeza ko biturutse ku mishinga bafite mu turere bazazamura umubare w’abasora amafaranga akiyongera.

    Ati’’Mbere y’icyorezo cya Covid-19 ibintu byari bimeze neza ariko nubwo cyadukomye mu nkokora ubu hari imishinga ikomeye mu turere tugize Intara y’Iburengerazuba yitezweho kuzazamura imibare y’abasora harimo gare n’amasoko atandukanye bigiye kubakwa mu turere twose’’.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imari n’iterembere ry’ubukungu, Nzabonimpa Déogratias, yavuze ko nyuma y’ibiganiro bagiranye na RRA bagiye gushyira imbaraga mu mikoranire n’inzego zose mu kuzamura umubare w’abakoresha inyemezabwishyu z’ikoranabuhanga.

    Ati’’Byerekanwe ko hari aho gukoresha EBM bikiri hasi mu bucuruzi bwambukiranya imipaka no mu bucukuzi ariko nk’uko twabivuze tugiye kuzamura ubukangurambaga, hagiye gushyirwaho n’amatsinda azaba ayobowe n’abikorera bakarebera hamwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro uko abacuruzi bose bahabwa EBM kandi banahugurwe kuyikoresha nk’uko byagenwe’’.

    Uwitonze Jean Paulin, Komiseri Wungirije akaba n’Umuvugizi muri RRA yavuze ko bagiye gukemura ibibazo byagaragajwe n’abacuruzi birimo n’uko bamwe batarabona EBM.

    Ati’’Twasabye abacuruzi kubona za nyemezabwishyu za EBM bose n’abatari muri TVA kandi twazanye gahunda nyinshi ariko batubwiye imbogamizi nyinshi nk’abavuze ko bavana ibicuruzwa muri Congo bagakora imenyekanisha ariko hari n’abavuze ko batigeze bazibona kuva mu kwezi kwa mbere ariko twabasabye ko bakomeza kubika inyemezabwishyu z’impapuro kimwe n’abakora mu bucukuzi bwa kariyeri ko baba bazishyize muri ’system’ mu kwezi kwa 12’’.

    Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu abayobozi ba RRA bagirana ibiganiro byihariye n’abasoreshwa bacirirtse bo mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero na Karongi, aho bazaganira na none ku ikoreshwa rya EBM no kurwanya ubucuruzi bwa magendu.

    Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Bizimana Ruganintwali Pascal n’itsinda bari kumwe bagize umwanya wo gusura imipaka ihuza u Rwanda na RDC

    Komiseri Mukuru wa RRA asobanurirwa ishusho y’ubucuruzi bukorerwa kuri iyi mipaka

    Komiseri w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro yasuye ibice bitandukanye ku mupaka munini ‘Grande Barrière’

    Komiseri wa RRA yakiriwe n’abashinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu ku mupaka wa la Corniche

    Umupaka munini ucaho imodoka zisaga 200 mu gihe mbere ya Covid-19 zarengaga 2000

    Yasuye ububiko bw’ibicuruzwa byoherezwa RDC

    Akarere ka Rubavu kashimiwe kugira umubare munini w’abakoresha EBM gasabwa kongera n’abambukiranya umupaka

    Iyi nama yitabiriwe n’abacuruzi batandukanye bo mu Ntara y’Uburengerazuba
    JPEG - 153.1 kb
    Bizimana Ruganintwali Pascal Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro yasabye ko abacuruzi bose bakoresha EBM kubera amafaranga gihomba

    source : https://ift.tt/3kuljcs

  • Musanze: Batanu bakurikiranweho kwica umusore bakoresheje inyundo imena amabuye – #rwanda #RwOT

    Ku itariki 13 Kanama 2021 umusore witwa Habimana Gad wari umaze igihe gito arangije amashuri yisumbuwe yahamagawe n’umuntu kuri telefoni amubwira ko yamuboneye Laptop yo kugura mu Murenge wa Kagogo, mu Karere ka Burera hafi ya santere ya Kidaho.

    Uyu Habimana Gad yahise ahaguruka mu Karere ka Musanze yerekeza aho uwamuhagaye aherereye ariko kuva icyo gihe ntiyongera kuboneka.

    Nyuma y’uko ababyeyi bamubuze batanze ikirego kuri RIB hatangira iperereza. Ku italiki 16 Kanama 2021 ni bwo haje kuboneka umwe mu bakekwa kwica uyu musore afite telefone ya nyakwigendera agiye gukurishamo ijambobanga ku muntu ukora telefoni mu isantere ya Kidaho.

    Akimara gufatwa yasobanuye uburyo yishe Habimana Gad ndetse avuga n’abo bafatanyije.

    Umurambo wa nyakwigendera waje gusangwa mu musarani aho bawuhishe umazemo iminsi itatu, ndetse avuga ko mu kumwica bakoresheje inyundo imena amabuye.

    Iki cyaha abo bantu batanu bakurikiranweho kikaba gihanwa n’ingingo za 107; 243 na 248, z’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


    source : https://ift.tt/3ynnZNW

  • Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yasuye icyicaro cya Polisi y’u Rwanda n’imipaka iruhuza na RDC – #rwanda #RwOT

    Ku biro bya Polisi muri iyi Ntara mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi aba bashyitsi bakiriwe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendent of Police (CSP) Edmond Kalisa.

    CSP Kalisa yabanje kwereka abashyitsi imiterere y’iyi Ntara, abereka ishusho rusange n’ibyaha biza ku isonga n’uko abapolisi bategura ibikorwa, uko bakora amarondo ya nijoro n’uko bacunga umutekano ku mipaka mu rwego rwo guhangana n’ibyo byaha.

    CSP Kalisa yagize ati” Iyi Ntara ifite uturere twinshi dukora ku gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aho hose usanga hari abantu bashaka kuhanyuza ibiyobyabwenge n’ibicuruzwa bya magendu bashaka kubyinjiza mu Rwanda ndetse hari nubwo abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bahifashisha bashaka kwinjira mu Rwanda. Kubera izo mpamvu abapolisi bacu bafatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage bahora bari maso amanywa n’ijoro.”

    Yakomeje agaragariza abashyitsi uko Polisi y’u Rwanda ishyira imbaraga mu kuzamura imibereho myiza y’abapolisi kugira ngo bashobore gusohoza neza inshingano zabo.

    Nyuma y’ibi, abashyitsi basuye ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Deomokarasi ya Congo bajya kwirebera n’amaso yabo ibyo umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yari amaze kubabwira. Basuye umupaka munini unyurwaho n’ibinyabiziga, umupaka uzwi ku izina rya La Corniche One Stop Boarder Post.

    Banasuye n’umupaka mutoya unyurwaho n’abanyamaguru, uzwi ku izina rya La Petite Barriere.

    Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho n’intumwa ayoboye banyuzwe n’uburyo abapolisi baba biteguye neza mu kazi kandi bari maso mu kugenzura urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga biba birimo kwambuka imipaka yombi.

    Yagize ati “Mwatubwiye ko kubera icyorezo cya COVID-19 urujya n’uruza rusa nk’urwaganutse kuri iyi mipaka yombi ariko n’ubundi turabona hari urujya n’uruza rw’abantu benshi. Dushimishijwe n’ukuntu ku ruhande rw’u Rwanda abapolisi bahacunga umutekano n’ubushishozi bwinshi, basaka buri muntu wese winjiye, mwanateye imbere mu ikoranabuhanga kuko twabonye ukuntu nta muntu ushobora kwijira mu Rwanda mutarebye ibyangombwa bye binyuze mu ikoranabuhanga.”

    Commissioner of Police Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye banyuzwe kandi n’uko Polisi y’u Rwanda yita ku mibereho myiza y’abapolisi avuga ko bitandukanye cyane n’iwabo.

    Ati “Ukuntu abapolisi ba hano mu Rwanda mwabubakiye amacumbi babamo kandi meza ndetse bakanagenerwa amafunguro ku manywa na nijoro. Bitandukanye n’iwacu kuko twebwe ntibihaba, buri mupolisi yimenyera aho ataha n’uko ari burye, ni ibintu byiza natwe dukwiye kubyigana tukabikorera abapolisi bacu.”

    Nyuma yo gusura Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yavuze ko akurikije ibyo yiboneye nta gushidikanya ko muri aka Karere Polisi y’u Rwanda yaba iri ku isonga mu gucunga umutekano kandi byose ibikora kinyamwuga n’ikinyabupfura.

    Ku gicamunsi aba bashyitsi banasuye ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi birebera urwego Polisi y’u Rwanda igezeho mu gucunga umutekano wo mu mazi. Bakiriwe n’umuyobozi w’iri shami, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye.

    Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Lesotho, Commissioner of Police, Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye basuye abapolisi b’u Rwanda bakorera mu Ntara y’Iburengerazuba

    source : https://ift.tt/3kxuiJJ

  • Meteo Rwanda yagaragaje iteganyagihe ry’imvura izagwa mu gihe cy’umuhindo – #rwanda #RwOT

    Mu cyegerenyo cyatanzwe n’Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Gahigi Aimable, yagaragaje ko hazagwa imvura isanzwe ariko mu Turere twa Rusizi, Nyamasheke, Rutsiro, Rubavu, Ngororero, Musanze na Burera hazagwa imvura nyinshi irenze milimetero 500 mu mezi atatu ari imbere.

    Gahigi yasabye abahinzi, inzego za leta, abikorera, imiryango itegamiye kuri leta ndetse n’abaturarwanda bose muri rusange kubyaza umusaruro amakuru y’uko ibihe by’imvura bizaba bimeze, kuko bayahawe mbere y’igihe.

    Ati “Turabasaba ko bakwiriye gushingira kuri iri teganyagihe bagafata ingamba zigamije kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, kwirinda no gukumira ibiza, kwirinda no gukumira indwara, kubungabunga ibidukikije, gufata neza imiyoboro y’amazi n’ibindi bikorwa remezo bifitiye igihugu akamaro cyane cyane mu bice biteganyijwemo imvura nyinshi.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubutabazi no gusana ibyangijwe n’ibiza muri Ministeri y’ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA, Habinshuti Philippe, yavuze ko iri teganyagihe riziye igihe kuko rizafasha gutegura neza ingamba zo kurengera ahashobora kwangizwa n’imvura hakiri kare kugira ngo barengere ubuzima bw’abaturage.

    Ati “Aya makuru azadufasha kunoza neza ingamba twari dufite [zijyanye no kurwanya Ibiza] kuko bizatuma igihembwe cy’imvura kijya gutangira abantu bazi icyo bagomba gukora kugira ngo tugabanye ingaruka ziterwa n’ibiza bituruka ku mihindagurikire y’ibihe.”

    Gahigi yasabye abaturage kuba maso ntibirare kuko ibipimo byatanzwe ari ingano y’imvura izagwa mu mezi atatu yose, ariko hatagaragajwe uko izagenda igwa mu byumweru. Cyane ko muri iki gihe ikirere gisigaye gihindagurika kenshi.

    Ati “Kuvuga ko imvura yagabanutse mu gihembwe ni ingano y’imvura iteganyijwe kuboneka uyiteranyije yose, ariko ntibishobora gukuraho ko ishobora no kugwa rimwe ari nyinshi, kuko ni ibintu bigaragazwa n’andi mateganyagihe ategurwa kugira ngo yunganire iri.”

    Yabasabye ko abantu bakomeza gukurikirana amateganyagihe atangazwa na Meteo Rwanda mu gihe cy’ukwezi, iminsi 10, itanu n’ itatu, iritangwa buri munsi ndetse n’iteganyagihe riburira iyo bibaye ngombwa.

    Kwitonda Philippe, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubutaka, amazi n’amashyamba muri MINEMA we yasabye abaturage gusukura imiyoboro y’amazi kugira ngo imvura izagwa itazateza isuri, asaba abatuye mu Turere tuzagwamo imvura nyinshi mu Burengerazuba no mu Majyepfo gutera ibiti kuko biri mu bikumira ibiza.

    Biteganyijwe ko imvura izatangira kugwa hagati y’itariki 29 Nzeri na 9 Ukwakira 2021 mu bice byinshi by’igihugu, ariko mu majyaruguru y’uburengerazuba izatangira kugwa kuva mu cyumweru cya 2 cya Nzeri, mu majyaruguru no mu burengerazuba bw’amajyepfo izatangira kugwa mu Cyumweru cya 3 cya Nzeri mu gihe igice gito cy’amajyepfo y’uburasirazuba iteganyijwe gutangira hagati y’itariki 9 na 19 Ukwakira 2021.

    Iyi mvura biteganyijwe ko izacika hagati y’itariki 21 na 31 Ukuboza 2021, mu gihe mu ntara y’Iburengerazuba ndetse n’igice cy’amajyepfo y’uturere twa Nyaruguru, Nyamagabe na Gisagara izacika Gisagara hagati y’itariki ya 31 Ukuboza 2021 kugeza 10 Mutarama 2022.

    Imvura iteganyijwe kugwa mu gihe cy’umuhindo ni isanzwe igwa ndetse n’igwa neza ishobora kutazateza inkangu cyangwa imyuzure

    Mu bice byinshi by’igihugu imvura izatangira kugwa hagati y’itariki 29 Nzeri na 9 Ukwakira 2021

    Mu turere twinshi imvura izacika hagati ya 31 Ukuboza kugeza tariki 10 Mutarama 2022

    Mu mezi atatu ari mbere, hateganyijwe kugwa mvura isanzwe igwa mu gihe cy’umuhindo

    source : https://ift.tt/3mNJntg

  • Abitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi ba FDLR barashe inka eshanu i Rubavu – #rwanda #RwOT

    Ahagana saa yine z’ijoro mu Mudugudu wa Bereshi, Akagari ka Hehu, mu Murenge wa Bugeshi wo mu Karere ka Rubavu, niho byabereye.

    Inka eshanu z’umuturage witwa Twagirayezu Jean De Dieu zarashwe ababikoze banahata ibikoresho bya gisirikare birimo amasasu na Grenade.

    Mutuyimana Fabien umuturage uturiye aho byabereye, akeka ko bari baje bateye bakikanga Ingabo z’u Rwanda bagahita basubira muri RDC ariko babanje kurasa inka.

    Ati “Hari mu masaha ya saa yine z’ijoro turyamye twumva amasasu menshi cyane mu gitondo ni bwo tubonye amakuru y’uko ari abanzi bari bateye baje kwangiza igihugu bikanga Ingabo z’u Rwanda bahita basubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo noneho babonye inka ibyutse bahita barasa, muri eshanu zarashwe imwe yapfuye.’’

    Amakuru avuga ko nta muturage wahaguye cyangwa ngo akomereke.

    Muri iki gitondo inzego z’ubuyobozi zirimo iz’ibanze n’iz’umutekano zigiye kugirana inama n’abatuye mu gace ibi byabereyemo.

    Colonel Nyamvumba Andrew ushinzwe ibikorwa muri Division ya 3 y’ingabo z’u Rwanda, yahumurije abaturage avuga ko umwanzi wateye nta ngufu afite.

    Ati ’’Yahunze ingabo ahitamo gutera inka z’umuturage; ingabo zanyu murazizi, aho ari turahazi yashakaga kutwereka ko ahari. Ndabahumuriza ntabwo azongera, dufite ubushobozi n’ubushake’’.

    Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Nzabonimpa Deogratias yijeje umuturage warasiwe inka ko ubuyobozi bumushumbusha, izakomerekejwe na zo zikavuzwa.

    Yasabye abaturage gutanga amakuru y’ibyahungabanya umutekano ndetse abizeza ko Akarere kazakorana n’ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo ababikoze bakurikiranwe.

    Nyuma y’inama umuturage warasiwe inka yemerewe izindi eshatu imwe y’akarere ka Rubavu, indi y’abaturage ba Bugeshi n’indi yemerewe n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Busasamana azabona mu byumweru bibiri.

    Ku itariki 10 Ukuboza 2018 ni bwo abarwanyi bivugwa ko ari aba FDLR baheruka kugaba igitero mu Karere ka Rubavu Umurenge wa Busasamana, icyo gihe bakomwe imbere n’ingabo z’u Rwanda ndetse barindwi muri bo bahasize ubuzima.

    Iyi nyama yakomerekejwe ku kuguru ku buryo bigoye ko yakongera guhagarara

    Iyi nka na we yakozweho n’amasasu irakomereka byoroshye

    Inka imwe mu zarashwe yahise ipfa

    Umuyobozi Wungirije w’Akarere Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Deogratias, yahumurije abaturage

    source : https://ift.tt/3joyPPx

  • Mbakumbuze Bruxelles, Umujyi Rudahigwa yari afitemo ubutaka (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Muri uyu mujyi bibarwa ko hari abakozi barenga ibihumbi 40 ba EU n’abarenga ibihumbi bine ba NATO. 27% by’abawutuye ntabwo ari Ababiligi, ni abantu baturuka mu mpande zitandukanye z’Isi.

    Birashoboka ko ari wo Mujyi utuyemo abanyarwanda benshi mu Ntara ya Gatandatu y’u Rwanda cyane ko u Bubiligi aribwo bucumbikiye benshi nyuma y’urwa Gasabo.

    Indimi enye nizo zivugwa muri uyu mujyi kurusha izindi, izo ni Igifaransa, Icyongereza, Igi-Flamand n’Ikidage. Ni umujyi kandi ubumbatiye amateka menshi yo hambere, nk’aho kugeza magingo aya ari wo ubazwamo iguriro rimaze imyaka myinshi ku Isi. Ryitwa “Galeries St Hubert” ryafunguwe mu bantu bari ku Isi nta n’umwe uravuka kuko hari mu 1847.

    Niba uri umuntu ukunda Chocolat, i Bruxelles ni ho hantu hawe kuko zihaba ku bwinshi. Ikindi ni uko mu Bubiligi ari ahantu “Bière” ifite icyicaro kuko ku isoko ryaho hari amoko arenga 800 y’inzoga, byumvikane neza ko nuramuka ugiyeyo agakonje n’agashyushye buhoro uzakabona ukagasoma ukumva uko ubaye.

    Ku munyarwanda wifuza kujyayo, ubu ibintu byaroroshye kuko RwandAir ihakorera ingendo eshatu mu cyumweru. Umuntu uvuye i Kanombe akoresha amasaha arindwi kugira ngo abe ageze ku Kibuga cy’Indege cya Zaventem.

    Muri uyu mujyi harimo inyubako y’amateka akomeye ku Rwanda. Abantu bayizi nka Rwanda House, ni yo Ambasade y’u Rwanda ikoreramo ndetse aho yubatse hari ubutaka bw’Umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa.

    Uyu mwami wa mbere w’u Rwanda wuriye rutemikirere yaguze ubwo butaka mu mafaranga yaturutse mu kigega cye cyitwaga “Fond Mutara”. Icyo gihe yateganyaga ko hagomba kubakwa inzu abanyeshuri b’abanyarwanda bajya kwiga mu Bubiligi bazajya babamo.

    Yatanze ayo macumbi atubatswe, nyuma y’aho Ingoma ya cyami ikuriweho, ubwo butaka bwe buza kujya mu maboko ya leta, bwubakwamo “Rwanda House”, inyubako ikoreramo Ambasade y’u Rwanda. Yatashywe mu 1984.

    Ibintu biteye amatsiko kuri Bruxelles ifite inyubako zimwe zubatswe mu mafaranga yaturutse muri Afurika y’Ibiyaga Bigari.

    Nyinshi mu nyubako ziri muri uyu mujyi, zubatswe mu mafaranga y’umutungo kamere waturutse mu bihugu byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo. N’uyu munsi, iyo uhageze abazi amateka bakwereka inzu z’umweru zubatswe biturutse kuri uwo mutungo.

    Nuramuka usuye uyu mujyi, hari ibintu byinshi uzabona cyangwa hari ibyo wabonye ubwo wawusuraga. Urugero ni “Manneken Pis”, ikibumbano cy’umwana muto w’umuhungu wambaye ubusa, uri kwihagarika.

    Gifite santimetero 61 kandi gikoze muri bronze, cyakozwe na Jérôme Duquesnoy l’Ancien gishyirwa Grand-Place mu 1618, gusa ikihaboneka ubu si cyo cya nyacyo ahubwo ni icyiganano. Icyo uyu mugabo yakoze, kiri mu Nzu Ndangamateka y’u Bubiligi.

    Gishushanya umuntu ufite ukwishyira ukizana muri we ariko ku rundi ruhande kikaba giteye amarangamutima ku buryo umuntu wese akibona agaseka.

    Abantu bakunze kucyiba, bakacyambika imyenda itandukanye nyuma bakagisubiza aho kigomba kuba kiri. Hari ubwo cyafotowe cyambaye imyenda isa n’iy’Abapolisi bo mu Bubiligi, ubundi bacyambika imyenda ya FC Barcelone gutyo gutyo.

    Ku wa 3 Nyakanga 2019, cyigeze kwambikwa ibendera ry’u Rwanda n’umushanana, ku buryo umuntu wahanyuraga wese yibazaga ku bijyanye n’u Rwanda.

    Nk’uko umuntu uri i Paris aba ashaka gufatira agafoto k’urwibutso kuri Tour Eiffel, mu Bubiligi ho ni Atomium. Ni inyubako ifatwa nk’ikirango cy’uyu mujyi, yubatswe mu 1958 mu gace ka Laeken.

    Buriya mu buzima bwa buri munsi, abenshi babaho nk’abantu bo mu Bubiligi nubwo batajya babimenya. Iyi firiti bamwe bakunda, amateka agaragaza ko ifite inkomoko i Bruxelles mu myaka ya 1780. Abayikunda bavuga ko iryoha kurushaho iyo ariho ka mayonnaise.

    Mu 2017, byabarwaga ko nibura ku ntera ya kilometero imwe, haba hari restaurants 138.

    Matonge, Quartier yari yaritiriwe iy’Abanyafurika

    Matonge ni agace kazwi cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Komine ya Kalamu.

    I Bruxelles naho karahari ndetse mu myaka yashize, ni ahantu hakundaga kuba abirabura benshi, hari utubari tw’abanye-Congo n’abandi banyafurika muri rusange.

    Ubu ibintu byarahindutse, ntabwo hakiganje abirabura gusa ahubwo hatangiye gusatirwa n’ibikorwa bishamikiye ku bakozi cyane aba EU ku buryo bugaragara. Impamvu ni uko aka gace kari hagati mu mujyi, gahana imbibi n’ibigo bikomeye.

    Abirabura batangiye kwinjira mu Bubiligi mu myaka ya za 1960 (abahageraga muri iyo myaka, babaga bagiye kwiga, niho babaga), bacumbikiwe muri ako gace, kuva icyo gihe hitirirwa agace k’abirabura ariko uyu munsi si bo bonyine bahatuye.

    Mu mafoto, reka dutemberane i Bruxelles

    Grand Place ni hamwe mu hantu hakurura ba mukerarugendo. Ni agace kazwi cyane kari mu izingiro ry’Umujyi wa Bruxelles

    Maison Antoine ni inzu iri muri Komine ya Etterbeek. Yaramamaye cyane mu bucuruzi bw’amafiriti dore ko yashinzwe mu 1948

    Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Boniface iri rwagati mu Mujyi wa Bruxelles mu gace kazwi nka Matonge. Agace biteganye kagizwe “Car Free Zone” nta modoka zigendamo, hari restaurant ikundwa n’abahanzi bakomeye

    U Bubiligi bubamo ubwoko butandukanye bw’inzoga, bibarwa ko ku isoko hari uburenga 800

    Waterloo ni mu Majyepfo ya Bruxelles. Aha mu mateka ni ahantu hazwi kubera intambara ikomeye yahabereye mu myaka ya 1815 yarangiye ingabo za Napoleon Bonaparte zitsinzwe

    Mu Mujyi wa Bruxelles mu gace Porte de Namur hazwi nka Matonge. Abantu baba ari urujya n’uruza, abenshi bagenda ku magare

    Restaurant yitwa Ultime Atome ni imwe mu zikunzwe muri uyu mujyi zakira abantu bakomeye

    Mu masaha y’umugoroba, abantu benshi baba bagiye kuruhuka baganirira muri restaurant ziri impande n’impande mu mujyi

    Kimwe mu biranga Bruxelles, ni monument ziba ziri impande n’impande. Ni uburyo bwo guha icyubahiro abakoze ibikorwa bikomeye no gusigasira amateka. Usanga ba mukerarugendo bahagera bagahagarara bagasoma amateka ajyanye nazo

    Aha ni mu Majyaruguru ya Bruxelles muri Komine ya Jette. Hagaragara inzu za kera, ni ahantu hahoze higanje Aba-Framand kera

    “Musée royal de l’Armée et de l’Histoire militaire”, ni inzu ndangamateka y’u Bubiligi ibumbatiye ajyanye n’igisirikare cy’iki gihugu. Harimo imbunda zakoreshejwe mu myaka ya 1815

    Imbere ya Africa Museum hari ikiyaga gitanga amafu muri ako gace ku buryo abantu bahicara bakaruhuka ari nako bazirikana ibyo baba bamaze kubona muri iyo ngoro

    Mu Bubiligi hari uduce twinshi twahariwe abanyamaguru gusa…

    Aha hitwa Place Eugène Flagey, hahoze hakorera Radio na Televiziyo, RTBF

    Unyuze muri aya marembo, hari inzu ikoreramo ubushakashatsi bw’ibintu byose bifite inkomoko kuri Afurika. Ni mu cyanya kirimo Ingoro Ndangamateka ya Afurika, Africa Museum

    Aha ni mu marembo magari mashya ya Africa Museum. Iyo winjiyemo ubona byinshi bijyanye n’u Rwanda

    Aka gace kari mu marembo ya Matonge, karimo amaduka menshi y’Abanyafurika

    Aha ni muri Komine ya Watermael-Boitsfort, ni hamwe mu haboneka inyubako nyinshi zo mu bihe byo hambere

    Muri aka gace usangamo nk’umuntu umwe atuye mu nyubako nk’iyi

    Africa Museum ifite ubusitani bwiza…Ifite ishyamba ryiza, akenshi usanga abantu mu mpera z’icyumweru bagiye gutembereramo

    Uyu muhanda witwa Avenue Franklin Roosevelt, ugera ku nyubako zikoreramo Ambasade nyinshi ziherereye i Bruxelles. Ni umuhanda mwiza urambuye

    Aha ni mu marembo ya Parc du Cinquantenaire ahari Ingoro ibumbatiye amateka y’igisirikare cy’u Bubiligi

    Iyi nyubako aho yubatse hari ubutaka bw’Umwami Rudahigwa. Ubu niho hakorera Ambasade y’u Rwanda ndetse hitwa “Rwanda House”

    Monument zifite ibisobanuro bitandukanye uzisanga hirya no hino. Iyi iri imbere ya Université Libre de Bruxelles

    Iyi hotel yitwa “The Hotel” ikunda gucumbikwamo n’abantu bifite

    Uyu muhanda ni umwe mu igana mu Mujyi rwagati ahakorerwa imirimo itandukanye

    Iyi nyubako ni yo ikoreramo Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi. Muri iki gihe ni Alexander De Croo. Bitewe n’imitegekere yo muri iki gihugu, afatwa nk’Umuyobozi Mukuru wacyo ku ruhando mpuzamahanga muri Politiki

    RTBF ni Radio na Televiziyo y’Igihugu. Izi modoka ziba ziri hirya no hino zifashishwa mu gusakaza amakuru

    Iyi nyubako yahoze ikorerwamo na RTBF ndetse n’ubu iminara yayo iracyagaragara

    Uyu muhanda ugana ku Biro bya Minisitiri w’Intebe…

    Izi monument ni izo muri Africa Museum. Zerekana amateka y’Abanyafurika

    Iyi ni Bazilika Nkuru mu gihugu yitiriwe Umutima mutagatigu (Basilique Nationale du Sacré-Cœur), iherereye i Koekelberg

    Iyi nyubako ikoreramo ibigo bikomeye birimo iby’itumanaho nka Belgacom

    Muri Komine ya Ixelles hari ibiyaga bifasha uyu mujyi guhora uhehereye (Étangs d’Ixelles)

    Mu bice bitandukanye hari imihanda ica munsi y’ubutaka. Uyu ni uwo mu gace ka Madou

    Usohotse muri Africa Museum ni aha unyura ugana mu Mujyi rwagati

    Izi ni inyubako zicumbikwamo n’abantu b’ingeri zitandukanye hafi ya Gare de Bruxelles-Nord

    Iyi ni yo nyubako isumba izindi muri Bruxelles ikoreramo Belgacom

    Iyi nyubako ikorerwamo ubushakashatsi ku bintu byose bifite inkomoko muri Afurika

    Indi sura igaragaza inyubako yahoze ikoreramo RTBF

    Hafi y’uru ruzi hari uruganda rutunganya umucanga. Rwitwa La Senne

    Parc du Cinquantenaire ni ahantu abantu bashaka kuruhuka bahurira…

    Iki kiraro kiri kuri Senne ahari uruganda rutunganya umucanga

    Iyi nyubako izwi nka Tour & Taxis ikunze kuberamo inama mpuzamahanga zitandukanye

    Abatuye mu Mujyi, baraza imodoka zabo ku muhanda

    Kuri Grand Place hari ibiro bikuru bya Komine. Abashaka gushyingirwa barahaza kimwe n’abandi bafite ibirori bitandukanye. Mu masaha y’umugoroba, abashaka kuruhuka no kwidagadura niho basohokera

    Izi ni inzira nto bita “Ruelle” zigaragara mu nkengero za Grand Place. Kera niho hacaga ingamiya

    Iyo ugana kuri Basilique Nationale du Sacré-Cœur ni aha unyura

    Polisi y’u Bubiligi ikoresha izi modoka mu gucunga umutekano

    Atomium ni inyubako ifatwa nk’ikirango cya Bruxelles ku buryo usanga ba mukerarugendo bayisura kugira ngo babone urwibutso

    Manneken Pis: Aha ntabwo ari ikibumbano ahubwo ni Chocolat iteye gutya

    Niba utaragura ka Chocolat ko mu Bubiligi, uzarebe aho ukagura uzambwira nyuma

    Jardins du Mont Des Arts naho ni ahantu abantu benshi bahurira cyane mu masaha y’umugoroba

    Musées Royaux des Beaux-Arts ni imwe mu nzu ndangamateka zirimo ibikorwa byinshi by’ubugeni kandi bifite amateka akomeye

    Scooter zikunze gukoreshwa cyane n’urubyiruko muri uyu mujyi

    Ubuzima bwo mu Mijyi ikomeye nka Bruxelles si bwiza kuri bose, hari n’ahagaragara abantu basabiriza

    Bus nini zikunda kwifashishwa mu ngendo rusange mu buryo bwo kugabanya umuvundo

    Aha ni mu marembo ya Musées Royaux des Beaux-Arts

    Chocolat ni kimwe mu biboneka i Bruxelles ku bwinshi

    Tram nazo zifashishwa mu ngendo rusange. Ni uburyo bwabayeho mu myaka ya kera cyane

    “Gaufre de Bruxelles” ni kimwe mu byo Ababiligi bazi gukora cyane. Iyo baguhaye ikawa, niyo iyiherekeza

    Amagare rusange aba aparitse hirya no hino mu mujyi cyakora ushaka kurigendaho, bimusaba kwishyura

    Iyi nyubako ni yo ikoreramo Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi

    Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ufite abakozi barenga ibihumbi 40 bakorera i Bruxelles

    Kanda hano urebe andi mafoto menshi

    Amafoto: Karirima A. Ngarambe

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3Bi6vnW

  • Gashyantare 2022 izasiga Gaz Methane yo mu Kivu itanga amashanyarazi – #rwanda #RwOT

    Ku ikubitiro megawatt 15 nizo zizatangwa n’uruganda ruri kuhubakwa ariko uko ruzagenda rwagurwa, bizarangira rufite ubushobozi bwo gutanga izigera kuri 56.

    Ubu impombo zizakira gaz zubatswe imusozi, hanyuma mu bilometero bitanu ujya hagati mu kiyaga hashyizwe ibitembo binini mu mazi hejuru yabyo hamanikwa utumenyetso dutukura, tuburira abashobora kuba babyangiza banyuze inzira y’amazi nk’ubwato.

    Ibyo bitembo bizahuzwa n’andi matiyo azamanurwa hasi mu mazi mu bujyakuzimu bwa metero zisaga 350 kuko ikiyaga cya Kivu gifite metero zisaga 500 z’ubujyakuzimu, akaba ariho bizakurura Gaz Methane bikayivangura n’amazi.

    Uyu mushinga wose wo kubyaza Gaz Methane amashanyarazi witezweho gutanga megawati 56, uzubakwa mu byiciro bine bizatwara asaga miliyoni 400 z’amadorali ya Amerika.

    Mu gihe uyu mushinga uzaba ugeze ku musozo, bizakemura ikibazo cy’umuriro muke n’ibura ryawo rya hato na hato. Mu duce twegereye uru ruganda, nta kibazo cy’amashanyarazi make kizongera kuhagaragara kuko ubundi ayahakoreshwaga yavaga i Karongi na Musanze.

    Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama yasuye Sosiyete eshatu zo muri Israel ziri kugira uruhare mu iyubakwa ry’uyu mushinga, areba aho imirimo igeze.

    Today I visited the Methane Gas electricity production site KIVU56 Gas in Gisenyi. Impressive infrastructure project to produce 56MW under the umbrella of SPLK and implementation by 3 Israeli companies : A.S Bidud, Galil Engineering Group and Sea Tech. @RwandaInfra @reg_rwanda pic.twitter.com/JeCFoI7ACg

    — Dr. Ron Adam (@AmbRonAdam) August 27, 2021

    Byari biteganyijwe ko muri uyu mwaka aribwo aya mashanyarazi agomba kuba yabonetse gusa imirimo yagiye idindira, igihe ntarengwa cyashyizweho ni mu ntangiriro za 2022.


    source : https://ift.tt/2WyijDy

  • Pariki y’Igihugu y’Ibirunga igiye kwagurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kamwe mu duce tugize Pariki y
    Kamwe mu duce tugize Pariki y’Igihugu y’Ibirunga

    Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye tariki 27 Kanama 2021 kigamije gusobanura uko umuhango wo kwita izina muri uyu mwaka wa 2021 uzakorwa, umuyobozi wa RDB wungirije w’agateganyo ushinzwe ibikorwa by’ubukerarugendo, Kageruka Ariella, yanagarutse ku buryo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga igomba kwagurwa n’aho izagurirwa.

    Kageruka Ariella avuga ko kugira ngo barusheho kubungabunga ubuzima bw’ingagi hakozwe inyigo y’uko Pariki y’Igihugu y’Ibirunga igomba kwagurwa bikazakorwa mu byiciro.

    Ati “Hari gahunda yo kwagura Pariki y’Ibirunga, hakozwe inyingo igaragaza ko dukeneye hegitari 3740, izo hegitari ntabwo zose zizahita zagurwa icyarimwe, hazakorwa icyo nakwita prove of concept pilot phase ibasha kuduha ishusho ndetse inatugaragariza n’ibindi twakagombye mu nyingo zagiye zikorwa, iyo pilot phase irareba hegitari zirenga 400”.

    Ingagi muri Pariki y
    Ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga zirashakirwa aho kwisanzurira

    Kageruka avuga ko mu minsi iri imbere ingagi zishobora kuzaba zidafite aho gutura hahagije neza.

    Ati “Kubungabunga ingagi bifitiye mbere na mbere akamaro umuturage uhaturiye kuko 35% by’amafaranga ajya mu mishinga ifasha abaturage baturiye ibirunga, umuturage rero ari ku isonga ni we mugenerwabikorwa wa mbere muri iyi gahunda, kuko umuturage azubakirwa icyo twise smart village, abaturage bizaba ngombwa ko bimurwa n’ubundi bazatuzwa n’ubundi hafi hariya kandi bakazatuzwa heza ndetse bakazahabwa n’imirimo, uyu munsi turi mu nyigo igaragaza ibikorwa by’iterambere biteza umuturage imbere bizabasha gukorwa muri iyo gahunda”.

    Ibi byose ngo birateganyijwe, bikaba ari byo bizabanza gukorwa nyuma yo kwimura abaturage hakazakurikiraho gukorwa icyo bise restoration nk’uko Kageruka akomeza abisobanura.

    Ati “Nk’uko mubyumva ni ahantu hagiye hahingwa ibihingwa hagomba gusubira mu buryo ingagi cyangwa ibindi binyabuzima by’agasozi bituye muri iriya pariki bibasha kuhatura ariko hasubiye gusubizwa uko nakwita restoration activities”.

    Aho abaturage bazatuzwa muri smart villages ngo ntabwo hazaba hari gusa ibikorwa by’iterambere ryabo by’ubuhinzi n’ubworozi kuko hazaba hari n’uburyo gahunda zabo z’ubuzima zihuzwa n’ibikorwa by’ubukerarugendo ndetse no kubungabunga ibidukikije bikazabaha umusaruro urenze uwo bari bafite uyu munsi.

    Mu mwaka wa 2019 amafaranga yabonetse mu bukerarugendo ni miliyoni 498 z’Amadorari ya Amerika, mu gihe muri 2020 bitewe n’icyorezo cya Covid-19 yagabanutse akaba miliyoni 121.

    source : https://ift.tt/3gHyDcd

  • #AfroBasket2021: Senegal yabaye ikipe ya mbere itsinze amanota 100 (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu muri Kigali Arena hakomezaga imikino ya AfroBasket 2021 yari igeze ku munsi wayo wa kane, aho mu mikino ine yakinwe uwahuje Senegal na Sudani y’Amajepfo ari wow a mbere ubonetsemo intsinzi y’amanota 100.

    Uko imikino yagenze

    Uganda yihereranye Cameroun yugarijwe na COVID-19

    Ni umukino watangiye utinzeho iminota 30, aho wagombaga gutangira ariko utangira Saa SIta zuzuye ariko utangira Saa Sita n’igice, ibi bikaba byatewe n’uko iyi kipe baheruka gusangamo abakinnyi banduye COVID-19, uyu munsi nyuma yo kongera gupimwa hakaba hari hagitegerejwe ibisubizo.

    Ibi byatumye Cameroun ikina ifite abakinnyi icyenda gusa mu gihe ubusanzwe andi makipe aba afite abakinnyi 12. Umukino waje kurangira Uganda ari yo yegukanye intsinzi ku manota 80 kuri 66.

    Umukino wa kabiri wakurikiyeho wahuje ikipe ya Nigeria na Kenya, umukino warangiye Kenya itsinzwe na Nigeria ku manota 71 kuri 55. Umukino wa gatatu, ikipe ya Cote d’Ivoire yihereranye Mali iyitsinda amanota 90 kuri 67.

    Umukino wasoje iyo kuri uyu wa Gatanu, ni uwatangiye Saa tatu z’ijor wahuje Sudani y’Amajyepfo yakinaga na Senegal yari ifite abafana benshi. Uyu mukino waje kurangira Senegal itsinze ku manota 104 kuri 75 ya Sudani y’Amajyepfo.

    Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu

    12h00: Egypt vs Guinea

    15h00: Congo DR vs Angola

    18h00: Rwanda vs Cape Verde

    21h00: Tunisia vs Central African Rep.

    source : https://ift.tt/3mGE4My

  • DASSO na Gitifu w’Akagari bagiranye amakimbirane n’umworozi Safari bahagaritswe mu kazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian avuga ko umuyobozi uri mu nshingano akwiye kubikora kinyamwuga kandi bidakwiye ko ajya mu kibazo akacyitwaramo uko abonye.

    Ati “Ntabwo byaba ari byo umuyobozi kujya mu kibazo akacyitwaramo uko abonye aho kuba kinyamwuga kuko ibibazo byose tubamo bigira n’amabwiriza abigenga, iyo umuntu ahuye n’ikibazo agira uko acyitwaramo n’abantu yitabaza, ntajya mu kibazo ngo akibemo wenyine ubwe.”

    Avuga ko iyo abayobozi bagiye mu kibazo bakabona barwanywa cyangwa bahohoterwa biyambaza izindi nzego ariko ibikorwa bigakorwa neza.

    Mushabe yibutsa ariko abaturage ko na bo bafite inshingano zo kubaha abayobozi bari mu nshingano.

    Agira ati “Abaturage bakwiye kumenya ko badakwiye guteza ibibazo ubuyobozi bushinzwe kubarinda, abantu bose bakwiye kubahana kandi iyo bubahana baba bubaha inshingano buri wese afite ahabwa n’amategeko.”

    Twahirwa Gabriel na DASSO bahagaritswe mu gihe kitazwi ngo ubuyobozi buzajya busuzuma kikaba cyaba kinini cyangwa gito.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare avuga ko ku bijyanye na Safari George wanize DASSO, ngo ntacyo yabivugaho kuko arimo gukurikiranwa n’amategeko.

    Twahirwa Gabriel ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari uhagaritswe by’agateganyo mu Murenge wa Karangazi, nyuma ya Rutayisire Sam wayoboraga Akagari ka Mbare, wahagaritswe amezi abiri kubera Abagorozi bari bamaze igihe basengera mu Kagari ke ntabimenyeshe.

    Na we akaba yarahagaritswe nyuma y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi Ndamage Andrew na we wahagaritswe amezi abiri kubera ikibazo cy’Abagorozi.

    source : https://ift.tt/3jo879J