Tag: featured

  • Umutoza Ally Bizimungu yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru ni bwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’umutoza Ally Bizimungu wamenyekanye nk’umutoza hano mu Rwanda, akaba yapfiriye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), nyuma y’iminsi yari amaze aharwariye.

    Ally Bizimungu yitabye Imana
    Ally Bizimungu yitabye Imana

    Ally Bizimungu yatoje amakipe menshi mu Rwanda arimo nka Rayon Sports, Kiyovu Sports, Mukura VS, ATRACO Fc, Bugesera, atoza no hanze y’u Rwanda mu makipe arimo Inter Star y’i Burundi, Mwadui Fc yo muri Tanzania, mu gihe shampiyona iheruka yatozaga Etincelles.

    Umuryango wa Kiyovu Sports Ubabajwe kandi wifaranyihe N’ Umuryango wa COACH ALLY BIZIMUNG, ALLY yatoje Amakipe menshi na Kiyovu Sports Irimo,Yitabye Imana uyu munsi, Imana imuhe iruhuko ridashira. @FERWAFA @Rwanda_Sports @FAPA_Rwanda pic.twitter.com/D9Wc2Vzzbq

    — Kiyovu Sports (@SCKiyovuSports) August 29, 2021


    source : https://ift.tt/2WAkTZL

  • Umutoza Ally Bizimungu yitabye Imana azize uburwayi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru ni bwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’umutoza Ally Bizimungu wamenyekanye nk’umutoza hano mu Rwanda, akaba yapfiriye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), nyuma y’iminsi yari amaze aharwariye.

    Ally Bizimungu yitabye Imana
    Ally Bizimungu yitabye Imana

    Ally Bizimungu yatoje amakipe menshi mu Rwanda arimo nka Rayon Sports, Kiyovu Sports, Mukura VS, ATRACO Fc, Bugesera, atoza no hanze y’u Rwanda mu makipe arimo Inter Star y’i Burundi, Muaduyi yo muri Tanzania, mu gihe shampiyona iheruka yatozaga Etincelles.

    Umuryango wa Kiyovu Sports Ubabajwe kandi wifaranyihe N’ Umuryango wa COACH ALLY BIZIMUNG, ALLY yatoje Amakipe menshi na Kiyovu Sports Irimo,Yitabye Imana uyu munsi, Imana imuhe iruhuko ridashira. @FERWAFA @Rwanda_Sports @FAPA_Rwanda pic.twitter.com/D9Wc2Vzzbq

    — Kiyovu Sports (@SCKiyovuSports) August 29, 2021


    source : https://ift.tt/38kUoKr

  • #AfroBasket2021: Mali irasezerewe, Kenya ibona amahirwe yo kuzahatanira itike ya ¼ (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru muri Kigali Arena hakomeje imikino y’umunsi wa gatandatu wa AfroBasket, aho ku i Saa Sita umukino wari utegerejwe cyane wagombaga guhuza ikipe ya Kenya na Mali, aho iyari gutsindwa yagombaga guhita isezererwa.

    Irushanwa rya AfroBasket ni irushanwa rigaragaramo ubuhanga bwinshi
    Irushanwa rya AfroBasket ni irushanwa rigaragaramo ubuhanga bwinshi

    Agace ka mbere k’umukino karangiye ikipe ya Kenya iri imbere n’amanota 22 kuri 18, aka kabiri Kenya ikomeza kuyobora n’amanota 33 kuri 29, aka gatatu yongera ikinuyuranyo karangira irusha Mali amanota 10 (55-45).

    Mu gace ka nyuma k’umukino amakipe yombi yakomeje guhatana aho iyari gutsindwa yagombaga guhita isezererwa, naho itsinda ikabona itike yo kuzahatanira indi tike ya ¼. Umukino waje kurangira ikipe ya Kenya yegukanye intsinzi ku manota 72 kuri 66.

    Amateka mashya kuri Kenya, amateka yandi ku mutoza Elizabeth ‘Liz’ Mills

    Ikipe y’igihugu ya Kenya yaherukaga kubona itike ya AfroBasket mu mwaka wa 1993, aho iyi kipe yaje ku mwanya wa kane mu makipe icyenda.

    Umutoza Liz Mills wa Kenya nawe yakoze amateka muri iyi kipe
    Umutoza Liz Mills wa Kenya nawe yakoze amateka muri iyi kipe

    Ni amateka mashya ku mutoza Elizabeth ‘Liz’ Mills, uyu akaba ari we mutoza wa mbere w’umugore utoje ikipe mu mikino ya AfroBasket, akaba anabashije kuyifasha kuba yakabya inzozi zo kugera muri ¼ igihe yaba itsinze undi mukino umwe ifite.

    source : https://ift.tt/3Bm7IdP

  • Musanze: Ibendera ryari ryabuze ryabonetse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’uko rikimara kubura mu rukerera rwo ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021, ubuyobozi bw’Akarere n’Umurenge n’inzego z’umutekano, barishakishije ngo baribona mu ma saa moya z’umugoroba, nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga Kabera Canisius yabitangarije Kigali Today.

    Yagize ati “Twaribonye mu ma saa moya nko muri metero 50 uvuye aho Akagari kubatse, urebye ni umuntu warifashe arirambika ku ibuye, ni umuntu wahanyuze yigendera waribonye aduha amakuru”.

    Arongera ati “Kugeza ubu nta muntu dukeka, n’abo dukeka bari bafitwe na Polisi bagiye kurekurwa, kuko nta gihamya kindi dufite tubashinja”.

    Uwo muyobozi akeka ko ibyo bikorwa bibi byaba biterwa n’amakimbirane yaba aturuka ku muzamu urinda ako kagari n’abaturage, ari na ho ahera asaba abaturage kujya begera ubuyobozi mu gihe bagiranye amakimbirane bagafatanya gushaka igisubizo.

    Inkuru bijyanye:

    Musanze: Ibendera ry’Igihugu ryibwe ku nshuro ya gatanu

    source : https://ift.tt/3yvA6bE

  • Igitekerezo: Mbona nta mugabo utwara umugore w’undi, ahubwo umugore aba yahisemo kugenda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi bivugwa no ku bagabo ngo nyirakanaka yatwaye umugabo wa nyirakanaka, ariko ubu nahisemo kuvuga ku bagore kuko ari bo bakunda kuvugwa cyane ko batwawe.

    Iyo bavuga iyi mvugo baba bashaka kuvuga ko uyu mugore asigaye akundana n’undi mugabo, cyangwa yaba ari umugore wari usanzwe yubatse akaba yahukanye akajya ku wundi mugabo cyangwa akanajya kubana na we burundu. Nyamara urebye neza aba yaraganiriye n’uyu mugabo wundi akagera aho afata umwanzuro wo gusiga uwo wa mbere agasanga uwo mushya. Aha ni ho mpera mvuga ko agenda, ko ntawe umutwara.

    Umugore ni umuntu ufite ubushobozi muri we bwo gufata umwanzuro wo gukora iki akareka kiriya. Rero si itungo cyangwa umutwaro ngo umuntu araza kumutwara uko yiboneye. Kandi ibi biramutse bibaye ubwo njyewe numva byakwitwa gushimutwa aho kuvuga ko bamutwaye. Ubwo byumvikane ko haba habayemo imbaraga z’umurengera ku buryo yatabaza ko yatwawe bunyago.

    Ni gute umuntu ufite ubwenge agenda akava aho yari ari cyangwa agasiga umuntu bakundanaga, cyangwa umugabo babanaga akajya kubana n’undi akicecekera agatuza, mwarangiza ngo baramutwaye? Biba ari amahitamo ye ntawe uba yamutwaye aba yagiye bitewe n’impamvu imwe cyangwa nyinshi zituma arutisha umugabo runaka undi bari basanganywe.

    Icyakora ku bwanjye umuntu waba ufite ubumuga bwo mu mutwe nabyemera ko bamutwara, kuko akenshi akora ibyo atazi neza kubera iki kibazo, ku buryo umuntu yanamukoresha icyo ashaka kuko ataba afite ubushobozi bwo guhitamo. Ariko undi wese aba abizi neza ibyo arimo ku buryo ntabivuga ngo bamutwaye.

    Iyi mvugo ijya igaruka kenshi, itanakoreshejwe na banyirubwite gusa, ahubwo no muri rubanda ukumva bari kuvuga ngo uriya mugabo yatwaye umugore wa kanaka, ku buryo ubona anafatwa nabi muri sosiyete nk’uwakoze amahano. Ku bwanjye numva uwo mugabo aba arengana kuko icyo aba yarakoze wenda koko niba ari na we uba waratangiye ibi biganiro, aganiriza umugore kugeza aho amuhaye ingingo zimwemeza ko agomba gusiga umugabo bari basanganywe akajya kubana na we. Ubundi nyamugore agafata umwanzuro wo kubigenza uko babyumvikanye.

    Umugore azi ubwenge rero ku buryo akora icyo yahisemo mu gihe ashaka. Ku bwanjye ntawe utwara umugore wa mugenzi we ku buryo igikorwa kiba cyabaye kivaho cyitirirwa umugabo, cyangwa n’amakosa akaba ari we ashyirwaho. Ahubwo aramwemeza ku buryo umugore afata umwanzuro wo kugenda. Arijyana rero ntawe umutwara.

    source : https://ift.tt/3DppI93

  • Abanyarwanda baba muri Senegal begeranyije Amafaranga miliyoni eshatu bazifashisha abatishoboye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikigo Colombin cyashyikirijwe inkunga irimo ibiribwa, ibikoresho by’isuku, ibyo kurwanya icyorezo cya COVID 19, isaso (mattresses) n’inkunga y’amabati n’ibindi bikoresho hamwe n’amafaranga yo gusana aho abana barara.

    Ibrahima Abdoulaye NDIAYE, Umuyobozi w’ikigo cy’Umuryango COLOMBIN cyashinzwe mu 1997 cyigisha umwuga wo kubumba ibintu bitandukanye byiganjemo imitako abo bana n’urubyiruko bafite ubumuga bamwe muri bo babaga mu muhanda, yashimiye abagize Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Sénégal inkunga babateye ariko by’umwihariko indangagaciro z’umuco nyarwanda bagaragarijwe, agaragaza ko izabafasha gukemura bimwe mu bibazo bahuraga nabyo muri iki gihe.

    Yagaragaje ko abana bitabwaho muri icyo kigo, kandi umwuga bigishwa ukabakura mu bwigunge kandi ukabaha ubumenyi bubafasha kwibeshaho mu buzima.

    Visi-Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Sénégal, Antoinette HABINSHUTI yagaragaje ko Abanyarwanda baba muri Sénégal nabo bifuje ko muri uku kwezi Abanyarwanda baba bishimira ibyo bagezeho bagaragariza abandi ko bakomeye ku muco nyarwanda aho bari mu mahanga; bityo bategura igikorwa cyo kuganuza abana n’urubyiruko ndetse na bamwe mu banyamuryango ba ACRS binajyanye n’insanganyamatsiko y’Umuganura w’uyu mwaka wa 2021: “Umuganura, isôoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”.

    Yashimiye abanyamuryango bose babigizemo uruhare kandi abasaba gukomeza ubwo bumwe n’ubufatamye muri gahunda zitandukanye z’Igihugu cyacu. Yagaragaje ko bahisemo gusura iki kigo kubera ibikorwa byiza gikorera abana bafite ubumuga kandi ko abanyamuryango benshi bari bifuje kubasura kugirango bifatanye muri ibyo byishimo byo kwizihiza Umuganura ariko ko kubera icyorezo cya COVID 19 isi yose ihanganye nacyo, haje abahagarariye abandi. Yabasabye gukomeza kukirinda no kukirwanya akaba ari no muri urwo rwego hategekerejwe ko no mu nkunga batanze harimo bimwe mu bikoresho byo kurinda ikwirakwizwa ryacyo.

    Umujyanama wa Mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Sénégal, Guillaume Serge Nzabonimana mu izina rya Ambasade, yagaragaje ko Umuganura, ku Banyarwanda bose ari umwanya wo gutekereza no guha agaciro gakwiye indangagaciro z’umuco nyarwanda no kuwubungabunga twigisha abakiri bato akamaro ko kurinda uwo murage. Mu gihe Abanyarwanda bishimira ibyagezweho no gushimangira ingamba zo kubyongera, basanze bakwiye gusura no kuganuza abandi bikarushaho gushimangira ubufatanye n’ubumwe.

    Yashimiye Abanyamuryango ba ACRS bateguye icyo gikorwa n’ubwitange badahwema kugaragaza, ari mu bikorwa Umuryango ACRS utegura n’ibyo ufatanyamo na Ambasade kandi ko Ambasade izakomeza kuwutera inkunga uko bishoboka kose by’umwihariko ibikorwa bijyanye no gushimangira indangagaciro zo gukunda Igihugu, kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda aho bari hose no gutsura umubano n’abandi.

    source : https://ift.tt/2XY8JdE

  • Rusizi: Hafashwe magendu y’imyenda ya caguwa amabalo 18 n’inkweto – #rwanda #RwOT

    Ibyo bicuruzwa byafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Gihundwe, Akagari ka Kamatita, mu midugudu ya Ngoma na Muhari. Byose byafashwe bivuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo binyujijwe mu kiyaga cya Kivu.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko byafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Umwe mu bafashwe yemeye ko iyo myenda ari iye anemera ko hari abandi bantu bari bafatanije kuyitumiza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bakayibazanira mu bwato banyuze mu kiyaga cya Kivu. Yanavuze ko se umubyara ari we uyimwoherereza kuko we afite iduka muri kiriya gihugu.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu kurwanya abanyereza imisoro. Yakanguriye abacuruzi kujya basora mu rwego rwo kwirinda ibihombo bazajya bahura nabyo kandi biri no mu rwego rwo kwiyubakira Igihugu.

    Ati “Dukangurira abacuruzi cyane cyane abacuruza imyenda n’inkweto bya caguwa kujya bemera bagatanga imisoro mu rwego rwo kwirinda ibihano bazajya bahura nabyo igihe bafashwe babyinjije mu buryo bwa magendu. Hari abantu barimo gufatwa bagahomba kubera kunyereza imisoro mu buryo bw’ubucuruzi bwa magendu turabakangurira kubicikaho.”

    Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe kugira ngo hakorwe iperereza. Ibicuruza bya magendu byo byahise bijyanwa mu bubiko bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro(RRA) ishami rya Rusizi.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

    Umucuruzi ufatanwe magendu ategekwa gutanga amande angana na 100% by’umusoro yari anyereje kandi akaba yafungwa hagati y’amezi 6 n’imyaka ibiri.

    Uwafashwe yahise ashyikirizwa RIB

    source : https://ift.tt/2WuXuJ2

  • Gatsibo: Imibiri 5200 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rushya rwa Kiziguro – #rwanda #RwOT

    Iyi mibiri yashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021 mu muhango wabereye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yavuze ko imibiri yashyinguwe mu cyubahiro kuri uyu wa Gatandatu irimo irenga ibihumbi bitanu y’abatutsi bari bajugunwe mu cyobo kireshya na metero 24 bakuwe muri Kiliziya ya Kiziguro kongeraho imibiri y’abatutsi 254 yari ishyinguye mu rwibutso rwa Bugarura yimuwe n’indi yagiye ikurwa hirya no hino.

    Yavuze ko mu Kiliziya ya Kiziguro hari hahungiye abatutsi benshi bari baturutse mu yahoze ari Komine Murambi, Muhura, Gituza, Muhazi, Ngarama ndetse n’ahahoze Komine Muvumba, aba bose bakaba barishwe n’interahamwe zihagarikiye na Gatete Jean Baptiste wayoboraga Komine Murambi.

    Perezida wa Ibuka mu Karere ka Gatsibo, Sibomana Jean Nepomuscene, yashimiye Leta ku rwibutso rw’amateka ibubakiye kugira ngo imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside iruhukire ahantu heza.

    Yakomeje avuga ko bifuza ko Kiliziya ya Kiziguro yashyirwaho urwibutso rwihariye rwerekana ko hari abanyarwanda bizeraga Imana bari bahungiye mu nzu yayo bakaza kwicwa bazira uko baremwe.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel yihanganishije abacitse ku icumu n’abafite ababo bashyinguye mu rwibutso rushya rwa Kiziguro.

    Yashimiye abarokokeye i Kiziguro kuko batanze imbabazi ku miryango yabiciye ngo bishimangira ubumwe n’ubwiyunge.

    Mu rwibutso rwa Kiziguro hari hasanzwe hashyinguyemo imibiri y’Abatutsi 14 854. Nyuma yo gushyingura indi mibiri 5269 kuri uyu wa Gatandatu uru rwibutso rwahise rugira imibiri 20 123 .

    Tariki ya 11 Mata 1994 ni wo munsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye kuri Kiliziya i Kiziguro kuko aribwo hishwe benshi hikangwa ko ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zigiye kuhagera. Ku mugoroba bafashe abantu bataricwa babikoreza imirambo babakoresha urugendo nk’urwa metero 300 bajya kujugunya ya mibiri mu mwobo munini wari hafi aho ari nawo wakuwemo imibiri irenga ibihumbi bitanu yashyiguwe.

    Imibiri yashyinguwe ni iy’Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Kiziguro bakahicirwa n’Interahamwe

    Abarokotse Jenoside basabye ko no kuri Kiliziya ya Kiziguro hashyirwa urwibutso rugaragaza uburyo Abatutsi bari bahahungiye bahiciwe bunyamaswa

    Uru rwibutso rushya rwubatswe hagamijwe guha icyubahiro abatutsi bishwe bazira uko bavutse

    source : https://ift.tt/2UUoGQY

  • Agahinda k’umwana wahoze mu muhanda muri Kigali, urembejwe n’ibihaha yatewe n’ibiyobyabwenge – #rwanda #RwOT

    Ibi uyumwana yabisabye inzego z’ubuyobozi kuwa Kabiri tariki 24 Kanama 2021, ubwo hatangizwaga ubukangurabaga bwo kurwanya ubuzerereze mu bana bwateguwe n’Ikigo cy’Ighugu gishinzwe ingororamuco NRS.

    Uyu mwana yavuze ko yanyuze mu buzima bubi cyane kuko yararaga muri ruhurura zitandukanye ndetse akanarya ibiryo byasigaye muri za resitora cyangwa se bikamusaba kwiba kugira ngo abone icyo gushyira mu nda.

    Yavuze ko mu myaka itatu yari amaze aba mu muhanda nta cyiza cyaho na kimwe yabonye ku buryo ari bimwemu byatumye asubira mu muryango we.

    Ati “ Icyatumye njya mu muhanda ni ubukene bwo mu rugo no kubera ko umugabo wa mama atankunda ariko kubera ubuzima bubi nari mbayemo nemeye ndagaruka.”

    Yakomeje avuga ko nyuma yo kuva mu muhanda, yaje gusanga yararwaye ibihaha kubera ibiyobyabwenge bitandukanye yanywaga aboneraho gusaba inzego zitandukanye kumufasha zikamuvuza.

    Ati “ Ubu ndiga kandi ndatsinda, icyo nasaba Leta ubu narwaye ibihaha ndakorora nkababara cyane, nasabaga ko mwamfasha mukamvuza byibuze nanjye nkagira ubuzima bwiza nkanakomeza kwiga.”

    Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingororamuco (NRS), Mufulukye Fred yabwiye IGIHE ko uyu mwana bagiye kumufasha bafatanyije n’akarere.

    Ati “Nibyo twabyumvishe ko akeneye kuvurwa tugiye kubikora dufatanyije n’Akarere ka Nyarugenge.”

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge , Ngabonziza Emmy, na we yemereye IGIHE ko bagiye kureba uko uyu mwana bamuvuza.

    Uyu mwana avuga ko uburwayi bw’ibihaha afite yabutewe n’ubuzima bubi burimo kunywa ibiyobyabwenge ubwo yari akiba mu muhanda

    source : https://ift.tt/2WreH6F

  • Kugwa si bibi, ikibi ni uguherayo – Perezida Ndayishimiye ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi – #rwanda #RwOT

    Ibi Perezida Ndayishimiye yabigarutseho ku wa 28 Kanama 2021 ubwo yari mu muhango wo kwizihiza umunsi wahariwe Imbonerakure uzwi nka ‘Imbonerakure Day’. Ni umunsi Mukuru wabereye muri Komine Gasorwe mu Ntara ya Muyinga iherereye mu Majyaruguru y’u Burundi.

    Mu ijambo yavuze kuri uyu munsi, yagarutse cyane ku mubano w’ibihugu bya Afurika, agaragaza ko bikwiye kwishyira hamwe kugira ngo bihangane n’ibihugu bibirwanya. Yagaragaje ko kutumvikana kw’ibihugu bya Afurika hari ababyuriraho bakabitezamo intambara n’umwiryane.

    Perezida Ndayishimiye yagaye ‘abakoloni’ babibye amoko mu Barundi kugeza n’aho bayashyira mu ndangamuntu, ashima uburyo Abarundi bari kugenda babirenga ahubwo bagaharanira kuba umuntu umwe.

    Agana ku musozo w’ijambo rye yagarutse ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi, aho yagaragaje ko ashima intambwe iri guterwa n’u Rwanda mu kuzahura umubano n’iki gihugu cy’igituranyi byari bimaze igihe bidacana uwaka.

    Ati “Nagira ngo mfate kano kanya nshimire cyane Igihugu cy’u Rwanda. Igihugu cy’u Rwanda murabona ko cyamaze kubona ukuri kirimo kiraza, tugikomere amashyi cyane, erega kugwa si bibi, ikibi ni uguherayo.”

    Yavuze ko umubano w’u Rwanda n’u Burundi ari nk’uw’umuntu wambura mugenzi we amafaranga ariko akazikubita agashyi nyuma y’igihe akamwishyura.

    Ati “Reka mbabwire akantu kamwe, umuntu aguhejeje amafaranga urababara, urababara yaguheza ukwezi kwa mbere ukumva agahinda, ukwa kabiri agahinda kakiyongera. Umwaka washira bwo mukaba abanzi, ahengereye nyuma y’imyaka itanu akakuzanira ya miliyoni yari agufitiye ahinduka inshuti , ese uravuga uti uri umwanzi ntuyampe? None u Rwanda ruduhaye amahoro ntitwakoma amashyi, mureke dukome amashyi cyane.”

    Yakomeje avuga ko ibyo ibihugu byombi biri gukora ari nabyo ijambo ry’Imana ryigisha kuko rigaragaza ko bidakwiye ko umuntu ahorana inzigo.

    Ati “Aho kugira ngo ibintu bihere byatinda nibyo n’Imana itwigisha, nta guhorana inzigo. Muribuka umwana w’ikirara batwigishije mu ijambo ry’Imana, yatwaye umugabane we arigendera ngo agiye gukira, abandi bana baramwanga ndetse n’umubyeyi biramubabaza ariko umunsi umwana w’ikirara yafashe umwanzuro wo kugaruka habaye umunsi mukuru ukomeye cyane mu muryango. Natwe iyo tubonye ibihugu byegerana dukoresha umunsi mukuru.”

    Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wajemo agatotsi mu 2015 ubwo ibihugu byombi byatangiraga gushinjanya gucumbikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwabyo, Gusa hashize iminsi hari ibikorwa n’ibimenyetso bigaragaza ko umubano w’ibihugu byombi ushobora kongera kuba mwiza.

    Intambwe ikomeye mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi yatewe ku wa 1 Nyakanga 2021 ubwo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yagaragaraga mu mubare w’abashyitsi benshi bari bitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 59 ishize u Burundi bubonye ubwigenge.

    Mu mbwirwaruhame Perezida Ndayishimiye yatanze uyu munsi yavuze ko ko hagiye gufungurwa “igitabo gishya” mu mubano w’u Rwanda n’u Burundi.

    Umuhate ibihugu byombi bishyira mu kongera kubana wongeye kugaragara ku wa 30 Nyakanga 2021, ubwo u Rwanda rwashyikirizaga Leta y’u Burundi abarwanyi 19 b’umutwe wa RED Tabara bafatiwe muri Nyungwe muri Nzeri 2020. Ni abarwanyi u Burundi bwari bumaze iminsi busaba kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera kubera ibyaha batandukanye bashinjwa.

    Ikindi kimenyetso cyiza cyabonetse kuwa Gatanu tariki 6 Kanama ubwo Guverineri w’Intara ya Kayanza mu Burundi yahuraga na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, bagahurira mu murenge wa Ruheru muri Nyaruguru, bakaganira ku mubano w’intara zombi ndetse u Burundi bugashyikiriza u Rwanda abaturage barindwi bari bamaze iminsi bafatiweyo kuko bambutse binyuranyije n’amategeko.

    Ku wa 20 Kanama 2021, u Rwanda rwashyikirije u Burundi abagabo babiri b’Abarundi bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda bacyekwaho kwiba amafaranga y’umucuruzi bakoreraga mu Mujyi wa Bujumbura, kiba ikindi kimenyetso cy’uko rwiteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo rwongere kubana neza n’uyu muturanyi warwo.

    Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yashimye intambwe iri guterwa n’u Rwanda kugira ngo umubano n’Igihugu cye wongere kugenda neza

    Perezida Ndayishimiye n’umufasha we, Angeline Ndayubaha ni bamwe mu banyacyubahiro bari bitabiriye uyu munsi mukuru wahariwe Imbonerakure

    source : https://ift.tt/3Dm9g9H