Tag: featured

  • Perezida wa Zambia yirukanye abayobozi bakuru mu Ngabo n’uwa Polisi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida wa Zambiya, Hakainde Hichilema
    Perezida wa Zambiya, Hakainde Hichilema

    Ku cyumweru tariki 29 Kanama 2021, Perezida Hichilema yatangaje abayobozi bashya b’ingabo za Zambia, izirwanira mu kirere n’izishinzwe izindi serivisi imbere mu gihugu ndetse n’abungiriza babo hamwe n’umuyobozi mukuru mushya wa Polisi.

    Abakomiseri bose ba polisi mu karere bakuwe ku mirimo yabo ariko ababasimbuye ntibahise batangazwa, nk’uko bytangajwe na VOA.

    Perezida Hichilema yavuze ko abahawe imirimo mishya bagomba gukorana akazi kabo umutima ushaka, kandi bagakorera igihugu bashishikaye bubahiriza uburenganzira bwa muntu n’ ubwisanzure byubahirizwa.

    Yavuze ko abapolisi bagomba gukora igenzura rikwiye mbere yo gufunga abakekwaho icyaha kandi ko “ntawe ugomba gufatwa mbere y’uko iperereza rirangira”.

    Hichilema watorewe kuba Perezida wa Zambia mu ntangiriro z’uku kwezi ku ntsinzi itoroshye, mu bihe byashize yakorewe ubugizi bwa nabi na Polisi aho yagiye arangwa no gufatwa agafungwa kenshi nyuma yo kugerageza kuba prezida inshuro eshanu (5) atsindwa, akaza gutsinda ku nshuro ya 6.

    Icyakora Perezida Hichilema yari yaragiye asezeranya ko azakemura ibibazo bikomeye byavugwaga mu nzego z’umutekano.


    source : https://ift.tt/3DmJZvU

  • Rubavu: Abasabwe umusoro ku butaka butagombye gusorerwa bahumurijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nzabonimpa Deogratias, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, yabwiye Kigali Today ko abafite ibyo byangombwa by’ubutaka bagomba kubikosoza kandi imisoro baciwe ntibazayitanga.

    Yagize “Abahinze icyayi mu gishanga nta misoro y’ubutaka bishyura, na cyane ko ibishanga ari ibya Leta. uwaba yarahawe icyangombwa muri icyo gishanga mu ibarura rusange iryo ni ikosa, arasabwa kugarura icyangombwa kugira ngo iyo misoro ihanagurwe”.

    Uretse abaturage bahinga icyayi mu mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu babigaragaje, hari abandi baturage na bo bafite ikibazo cy’ibyangombwa by’ubutaka bifite inyito itandukanye n’imikoreshereze y’igishushanyombonera, basabwa kubikosoza.

    Nzabonimpa avuga ko abaturage bafite ibyo byangombwa batazacibwa amafaranga yo kubihindura cyangwa kwishyura serivisi mu guhinduza, kuko amakosa yakozwe n’ibiro by’ubutaka.

    Abaturage bahinga icyayi mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bari bagaragarije ikibazo cyabo Kigali Today mu nkuru yatambutse tariki 27 Kanama 2021.

    Abaturage bavugaga ko basabwe kwishyura imisoro y’ubutaka bwa Leta buhinzeho icyayi mu bishanga, bakifuza ko iyo misoro yakurwaho kuko igihe icyo ari cyo cyose Leta yashaka ubwo butaka bayibusubiza.

    Kuva umwaka wa 2021 watangira, abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu batangiye guhamagarwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA, kibasaba kwishyura ibirarane by’imisoro y’ubutaka bafite.

    Bamwe bari babwiwe ko bafite umwenda w’umusoro urenga miliyoni ebyiri, abandi eshatu, mu gihe hari n’abavuga ko imisoro basabwa iruta kure imitungo batunze.

    Hitimana Gregoire ni umuhinzi w’icyayi mu Murenge wa Nyundo, akaba yarasabwe kwishyura umusoro wa miliyoni n’igice, ariko hajyaho ubukererwe umwenda ukaba miliyoni ebyiri zirenga.

    Hitimana yabwiye Kigali Today ko harimo abo byagizeho ingaruka harimo n’indwara ziterwa no guhangayika nk’imitima.

    Iki kibazo cy’umusoro wakwa abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu, abahinzi bafite icyayi mu karere ka Rutsiro bo bavuga ko ntacyo bafite, Hitimana avuga ko nyirabayazana ari ababaruye ubutaka.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abaturage bafite ibyangombwa by’ubutaka birimo amakosa kubijyana ku karere cyangwa ku mirenge kugira ngo bizakosorwe, na ho abadafite ibyangombwa by’ubutaka buri mu gishanga bamenyeshwa ko ntabyo bakeneye kuko ibishanga ari ibya Leta.

    Gusa bamwe mu baturage bavuga ko icyayi cyatewe hagati ya 1964 na 1972 nta tegeko rigenga imikorehereze y’ibishanga ryari rihari. Bamwe bavuga ko ubutaka Leta yita ubwayo babukomora ku murage w’ababyeyi babo abandi bakaba barabuguze.

    source : https://ift.tt/38m00Ej

  • Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed wa Ethiopia #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ubwo yari akigera mu Rwanda ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta.

    Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu w’u Rwanda (Village Urugwiro) igaragaza ko Abakuru b’Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro bari kumwe (tête-à-tête) ku ngingo zitandukanye ariko zitahise zitangazwa mu buryo burambuye.

    Itangazo ryo kuri Twitter y’Urugwiro rigira iti “Baganiriye ku ngingo zitandukanye z’ingirakamaro zirimo ibijyanye n’umwihariko w’ibihugu byombi, ibirebana n’Akarere ndetse n’ibirebana n’aho isi igeze kugeza ubu.”

    Nyuma y’uwo mubonano Perezida Kagame yakiriye Abiy Ahmed Ali wa Ethiopia ku meza basangira ifunguro rya nimugoroba.

    Kuva mu mwaka wa 2019 Leta ya Ethiopia ihanganye n’Umutwe w’Inyeshyamba witwa TPLF wavukiye mu ntara yitwa Tigray iri mu Majyaruguru y’Igihugu, bakaba batumvikana ku bijyanye n’uburyo bw’imiyoborere y’icyo gihugu ndetse n’ububanyi n’amahanga cyane cyane Eritrea baturanye.

    Ethiopia kandi ikaba ihora ihanganye n’igihugu cya Misiri na Sudan kuva mu myaka myinshi bishingiye ku mikoreshereze y’Uruzi rwa Nil, kuko ibyo bihugu bitifuza ko Ethiopia ihagarika amazi bikoresha mu buhinzi ikubaka urugomero rwa rutura rutanga amashanyarazi.

    source : https://ift.tt/3t5wV9G

  • Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itangazo ryasinywe n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’umuyobozi wa Polisi ya Lesotho, Commissioner of Police Holomo Molibeli riragira riti “Ubufatanye mu bijyanye n’umutekano ni ikintu cy’ingenzi mu mibanire y’ibihugu byombi. Ni ku nyungu rusange kandi bigira uruhare mu mahoro n’umutekano ku bihugu byombi.”

    Muri iri tangazo kandi abayobozi bombi bagaragaza ugushimangira ubushake mu mikoranire mu kwimakaza umutekano urambye.

    Umuyobozi wa Polisi ya Lesotho, Commissioner of Police Homolo Molibeli n’intumwa ayoboye bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva tariki ya 23 Kanama, akaba yaraje ku butumire bwa mugenzi we w’u Rwanda IGP Dan Munyuza.

    Commissioner of Police Molibeli yavuze ko impamvu y’uru ruzinduko ari ugushyiraho ubufatanye mu by’umutekano hagati ya Polisi y’u Rwanda na Polisi ya Lesotho hashingiwe ku bintu byafasha impande zombi.

    Tariki ya 24 Kanama ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru aba bayobozi bombi bagiranye inama yaje gusozwa hasinywa amasezerano y’ubufatanye mu bintu bitandukanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi.

    Aya masezerano akubiyemo ibijyanye n’ubufatanye mu kurwanya ibyaha, twavuga nko kurwanya iterabwoba, kurwanya ikwirakwira ry’ibiyobyabwenge, kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka harimo ibijyanye no kubaka ubushobozi bwa Polisi zombi no gusangira amakuru n’ubundi bunararibonye mu by’umutekano.

    Muri aya masezerano harimo ibijyanye no guhanahana amahugurwa, gufatanya mu bikorwa bya za Polisi , gusangira porogaramu zijyanye no kugenza ibyaha n’uburyo bwo kubika amakuru ajyanye nabyo,kurwanya ikwirakwira ry’intwaro no guhanahana amakuru ku gihe ajyanye n’ibyaha n’abanyabyaha. Izi nzego zombi zanemeranijwe gushyiraho ihuriro rihoraho aho hazajya habaho inama kenshi bakaganira ku bibazo by’umutekano n’imbogamizi zawo ku bihugu byombi ndetse no mu karere muri rusange.

    Muri iyi nama yabaye tariki ya 24 Kanama umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yavuze ko iyi nama iziye igihe kuko akarere gahanganye n’ibikorwa bibi birimo gukorwa n’intagondwa zigendera ku mahame y’idini ya ki Islam harimo nk’ibikorwa by’iterabwoba bibera mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu majyaruguru y’igihugu cya Mozambique.

    Yagize ati” Uruzinduko rwanyu rubereye igihe kuko muri iyi minsi turimo gufatanya kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ki Islam uri mu Majyaruguru y’Igihugu cya Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado. Tuzajya duhanahana amakuru kuko ibihugu byacu byombi u Rwanda na Lesotho turimo gufatanya kurwanya iriya mitwe y’iterabwoba muri kiriya gihugu.”

    Ku ruhande rwa Commissioner of Police, Holomo Molibeli yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza umuntu yagira icyo yigiraho ndetse akaba yatera imbere avuga ubufatanye bagiranye na Polisi y’u Rwanda bushingiye ku guhuza inshingano kugira ngo abantu babe mu Isi nziza kandi itekanye

    Yagize ati” Ikoranabuhanga ryahinduye Isi nk’umudugudu ku buryo kubona amakuru no kuyasangira bisigaye byoroshye cyane, ubu bufatanye bukubiyemo ibijyanye no gusangira ibikorwa bimaze kugerwaho, guhererekanya gahunda z’amahugurwa, guhuza ibikorwa by’umutekano no guhanahana amakuru. Ndizera ntashidikanya ko tuzagera kuri byinshi byiza mu rwego rwo kubaka umutekano w’aho dutuye.”

    Muri uru ruzinduko mu Rwanda, umuyobozi wa Polisi ya Lesotho n’intumwa ayoboye basuye bimwe mu bikorwa bya Polisi y’u Rwanda. Twavuga ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC-Musanze), Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda (PTS-Gishari), yasuye abapolisi bakorere mu Ntara y’Iburengerazuba nahandi hatandukanye.

    Aba bashyitsi banasuye ikigo cya Isange One Stop Center, ubwo basozaga uruzinduko rwabo uyu munsi ku Cyumweru taliki ya 29 Kanama Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Lesotho n’intumwa ayoboye basuye ingoro y’amateka n’urugamba rwo kubohora igihugu iherere ku nteko ishinga amategeko. Banasuye urwibutso rwa genoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi bunamira imibiri y’inzirakarengane z’Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri genoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3zGUXKJ

  • Nyarugenge: Hafunzwe Poste de santé abaturage bashingaga umwanda na serivisi mbi – #rwanda #RwOT

    Mu cyumweru gishize nibwo abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima n’ab’Akarere ka Nyarugenge bakoze ubugenzuzi muri iyi Poste de santé basanga hari ibyo itujuje bahita bayifunga

    Bamwe muri bo babwiye IGIHE ko bishimiye ko iri vuriro rifungwa bitewe n’uko ryari rito ndetse rikaba ryarabahaga serivisi mbi.

    Mukabatesi Chantal, yagize ati “Twumvise ko ryafunzwe biradushimisha. None se koko wowe uko wabibonye wabonye ari ivuriro rikwiye kubarizwa mu Mujyi wa Kigali? Ibaze ni ivuriro mudashobora kwicaramo muri abantu batanu ngo muhumeke naho iby’umwanda uribamo nta wawuvuga ngo awuvemo.”

    Byukusenge Emmanuel, we yavuze ko yatunguwe n’ingano y’ibyumba by’iri vuriro ubwo yari agiye kuryivurizamo.

    Ati “Njye nigeze kurwara njyayo kwivuza ariko ndakubwiye ko nari ngiye kuburira umwuka mu kumba bantereyemo urushinge bitewe n’uburyo ari gato.”

    Nyiri iri vuriro, Théophile Munyaneza Nduwayezu yabwiye IGIHE, ko ahantu koko bakoreraga ari hato ariko ahakana ibyo gutanga serivisi mbi.

    Ati “Serivisi dutanga tuzitanga 100% gusa ikibazo cy’iriya nzu ni nto. Ndimo ndashaka indi, ubundi hari inzu nakoreragamo haza ikibazo cyo kuhashyira kaburimbo barayisenya. Nashatse inzu nakoreramo ndayibura pe ariko ubu hari inzu nari nabonye.”

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy yavuze bahisemo gufunga iri vuriro mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage.

    Ati “Tukibimenya twagiyeyo turarigenzura dusanga ari rito n’utwumba ari duto mbese hari ibyo ritujuje turarifunga.”

    Iyi Poste de santé yashinjwaga n’abaturage kugira umwanda ukabije

    Hamwe mu habikwaga imiti ni uko hasa

    Yari ifite ibyumba bifunganye kandi birimo umwanda

    source : https://ift.tt/3mHw9OK

  • Nyaruguru: Kwegerezwa amazi n’ibindi bikorwa byatumye baca ukubiri n’indwara ziterwa n’umwanda – #rwanda #RwOT

    Abo baturage bahawe umuyoboro w’amazi wa kilometero 3,8 ugeza amazi ku ngo zisaga 100 zituwe n’abaturage bagera ku bihumbi 15 no ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba ndetse no ku mashuri ahari.

    Bamwe muri abo baturage bavuga ko amazi ari kimwe mu by’ibanze bari bakeneye.

    Mukahigiro Césarie ati “Aya mazi twayabonye tubabaye kuko twavomaga amazi y’ibinamba, n’amatungo akajyamo ugasanga amazi asa nabi imvura yaba yaguye ugasanga tuvomye ibyondo. Ndashima leta y’ubumwe ituzanira abaterankunga nka MABAWA bikaba byarahinduye byinshi ku isuku ntabwo tukirwara indwara zituruka ku isuku nke.”

    Mugenzi we witwa Nkurunziza Geoffrey avuga ko yari amaze imyaka irenga 70 iwe mu rugo bakoresha amazi mabi y’ibinamba.

    Ati “Ibintu ndabona bigenda biba byiza, tumaze imyaka 72 dukoresha amazi atari meza y’ibinamba. Leta yazanye abaterankunga badushyiriraho ivomero bashyiraho umuyoboro uyatwara mu giturage ababishoboye bakayakurura bayashyira mu nzu. Muri rusange turashima ubuyobozi.”

    Uwo muyoboro w’amazi n’iriba rusange abo baturage babyubakiwe n’Umuryango MABAWA ukaba ari umufatanyabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru.

    Umuyobozi wa MABAWA mu Rwanda, Gashagaza Léon, avuga ko hari impinduka zigaragara muri aka gace nyuma y’uko ibi bikorwa bihageze.

    Ati “Byatumye abaturage bazamura imibereho, twazanye amazi, ubuyobozi bubazanira umuriro. Hari inzu twabubakiye tubaha inka, kuri ubu umuturage arahinga akihaza mu biribwa agasagurira n’amasoko.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage mu Karere ka Nyaruguru, Kayitesi Colette, yavuze ko uwo muryango ukomeje kubafasha mu bikorwa biteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Muri ibyo bikorwa harimo koroza inka imiryango itishoboye, kubabumbira hamwe mu matsinda no kububakira amacumbi. Mu bubakiwe ku ikubitiro harimo n’abasigajwe inyuma n’amateka.

    Ati “Uyu muryango waradufashije cyane kuko imibereho y’abaturage muri uyu murenge yateye imbere. Abahawe amazi n’ibindi bikorwa bibateza imbere turabasaba kubifata neza no kubibyaza umusaruro kugira ngo bakomeza kubaho neza.”

    Mu bindi bikorwa byegerejwe abaturage muri uwo murenge harimo kuborohereza ingendo bakoraga bajya kwivuza kuko ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba bahashyize imashini ifasha mu buvuzi bw’amenyo n’iyifashishwa mu gupima ababyeyi batwite.

    Ibyo byatumye nk’abajyaga mu Karere ka Nyamagabe kuhashakira izo serivisi z’ubuzima bahinira bugufi.

    Umuryango MABAWA umaze imyaka 12 ufatanya na leta mu guhindura ubuzima bw’abatuye mu Murenge wa Mata, aho uri ubu nibura imiryango 1200 yamaze gutera intambwe mu iterambere binyuze muri mishinga yabegerejwe.

    Nyuma yo kwegerezwa amazi meza bamwe bayagejeje mu ngo zabo

    Rimwe mu mavomero rusange ribagezaho amazi meza bubakiwe mu Kagari ka Murambi

    Inka bahawe na zo ziri mu byabafashije mu iterambere ry’imibereho

    Inyubako za Laboratwari bubakiwe ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba

    Abahawe inka bemeza ko imibereho yabo yahindutse myiza

    Bateye inkunga na serivisi z’ubuzima ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba mu Murenge wa Mata

    Imwe mu mashini batanze ku Kigo Nderabuzima cya Nyamyumba

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3yp74ud

  • Perezida Kagame yakiriye ku meza Minisitiri w’Intebe Dr Abiy Ahmed – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yakiriye ku meza Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed Ali, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 29 Kanama 2021.

    Uyu musangiro wabaye nyuma y’uko aba bombi bari bamaze kugirana ibiganiro byibanze ku ngingo zireba imibanire n’ubufatanye bw’ibihugu byombi, akarere, n’ibibazo byugarije Isi yose muri rusange.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed n’itsinda ry’abamuherekeje bageze mu Rwanda kuri uyu wa 29 Kanama 2021, aho yahise yakirwa na Perezida Kagame mu biro bye, Village Urugwiro.

    U Rwanda na Ethiopia bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bwubahane bwa dipolomasi n’amasezerano y’imikoranire igamije guteza imbere abaturage babyo.

    Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano atandukanye arimo ashingiye ku bufatanye mu by’amategeko, itangazamakuru, siporo, ubukerarugendo, ubuzima, uburezi n’umuco n’ayandi.

    U Rwanda na Ethiopia kandi bikorana mu bijyanye n’ishoramari ndetse abashoramari benshi bayobotse isoko ry’u Rwanda aho bakora mu bijyanye n’inganda, ubwubatsi, serivisi n’ibindi.

    Uruzundiko rwa Dr Abiy Ahmed agiriye i Kigali ruje mu gihe igihugu cye kirimo intambara zikomeje kuba urudaca zashojwe n’Umutwe wa TPLF urwanira mu Ntara ya Tigray iri mu Majyaruguru ya Ethiopia.

    Kuva mu Ugushyingo 2020, ubwo intambara hagati y’ingabo za Leta n’Umutwe w’Aba-Tigray (TPLF) yanzikaga, ibintu bikomeje kujya habi kuko ikomeje kwaguka, ari nako abaturage benshi b’abasivili bahasiga ubuzima abandi babarirwa mu bihumbi bamaze kuva mu byabo.

    Iyi ntambara yahinduye isura ubwo yatangiraga kwagukira mu bindi bice bitari Tigray, nubwo ariho yiganje. Mu minsi ishize kandi, ni bwo undi mutwe uzwi nka OLA, watangaje ko winjiye mu bufatanye na TPLF mu guhangana n’ingabo za Leta no gukuraho ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed.

    Perezida Kagame yakiriye ku meza Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed

    source : https://ift.tt/3h2dqdp

  • Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed n’itsinda ryamuherekeje mu biro bye ku Kacyiru.

    Ibiro bya Perezidansi y’u Rwanda, Village Urugwiro, byatangaje bibinyujije kuri Twitter ko Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed bagiranye “ibiganiro byihariye.’’

    Nta makuru arambuye yatangajwe ku bishobora kuba bikubiye mu ngingo aba bombi bibanzeho.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed n’itsinda ry’abamuherekeje bageze mu Rwanda kuri uyu wa 29 Kanama 2021; bakiriwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta.

    Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yasuye u Rwanda mu gihe yaruherukagamo mu 2019, icyo gihe yari yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Urugendo rwe ruje mu gihe igihugu cye kirimo umutekano muke watejwe n’Umutwe wa TPLF mu Ntara ya Tigray.

    Imvururu zo muri Tigray zaguyemo abaturage benshi ndetse ababarirwa mu bihumbi bava mu byabo.

    Tigray ituwe n’abaturage miliyoni esheshatu yugarijwe n’inzara n’ubukene kuko imfashanyo zitabageraho kubera imvururu ziri muri aka gace aho abasaga 400.000 bashonje bikabije.

    Politiki n’ubuyobozi bwa Ethiopia bwajemo agatotsi mu 2019, ubwo Dr Abey Ahmed, Umunya-Oromo wabaye uwa mbere wageze ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, agerageje guhindura byinshi muri politiki y’iki gihugu cyari kimaze imyaka irenga 30 kiyobowe n’Abanya-Trigay ariko bakwanga kwemera impinduka, bagatangira kwigumura ku butegetsi.

    Perezida Kagame we yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Ethiopia ku wa 25 Gicurasi 2018, yari akubutse mu nama ya VivaTech mu Bufaransa. Hari nyuma y’uko Dr. Abiy Ahmed atorewe kuba Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu asimbuye Hailemariam Desalegn weguye.

    U Rwanda na Ethiopia bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bwubahane bwa dipolomasi n’amasezerano y’imikoranire igamije guteza imbere abaturage babyo.

    Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano atandukanye arimo ashingiye ku bufatanye mu by’amategeko, itangazamakuru, siporo, ubukerarugendo, ubuzima, uburezi n’umuco n’ayandi.

    U Rwanda na Ethiopia kandi bikorana mu bijyanye n’ishoramari ndetse abashoramari benshi bayobotse isoko ry’u Rwanda aho bakora mu bijyanye n’inganda, ubwubatsi, serivisi n’ibindi.

    Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda

    Bagiranye ibiganiro byihariye

    Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed

    Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, banafashe ifoto y’urwibutso

    Amafoto ya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, agera i Kigali

    Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, ubwo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe

    Yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

    Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yakiriwe mu cyubahiro gikwiye umunyacyubahiro nka we

    Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, asanzwe ari inshuti y’akadasohoka y’u Rwanda

    Amafoto: Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3kxNJ57