Tag: featured

  • Musanze: Polisi yatangiye gufata insoresore n’abana bibaga abantu bakanabakomeretsa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aba bana baba barataye imiryango yabo bakajya mu mihanda aho usanga bambura abantu
    Aba bana baba barataye imiryango yabo bakajya mu mihanda aho usanga bambura abantu

    Polisi y’u Rwanda, imaze iminsi ikora umukwabu udasanzwe wo guhiga no gufata abazwiho ibyo bikorwa bigayitse, nyuma y’uko mu mujyi wa Musanze ndetse no mu nkengero zaho, byari bimaze kugaragara ko ubujura n’urugomo, bigenda bifata indi ntera.

    Izo nsoresore zigaragaramo n’abana biyise aba Marine, bari mu kigero kiri hagati y’imyaka itandatu n’imyaka 11, bagendana inzembe, ibyuma bikomeretsa, n’ibindi bikangisho bifashisha mu kwambura abantu. Akenshi binjira no mu maduka y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Musanze, bakambura abacuruzi ibintu bitandukanye ndetse n’amafaranga bakiruka.

    Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Alex Ndayisenga, yasobanuye ko gufata bamwe mu bagaragara muri ibyo bikorwa, byashobotse ku bufatanye bw’amakuru yatanzwe n’abaturage ndetse n’inzego z’ibanze, kandi igikorwa cyo gushakisha n’abandi kirakomeje.

    Yagize ati “Ni gahunda tugikomeza yo gushakisha n’abandi, kuko ibikorwa nk’ibi byo guhungabanya umudendezo n’ituze ry’abaturage, tudashobora kwemera ko bikomeza. Abafashwe mu gihe hanaboneka ibimenyetso by’ibyaha bacyekwaho, bazashyikirizwa Ubugenzacyaha”.

    Yongera ati “Abo bana bato biyise aba Marine, ubusanzwe baba bafite imiryango bakomokamo. Icyo tugiye gukora, ni ugufatanya n’inzego z’ibanze, bafashwe gusubizwa iwabo, abandi bajyanwe mu bigo ngororamuco”.

    CIP Alex Ndayisenga aboneraho kuburira abishora mu bujura n’ibindi bikorwa by’urugomokubireka amazi atararenga inkombe.

    Yagize ati “Ubujura n’urundi rugomo urwo ari rwo rwose, ni kimwe n’ibindi byaha bikomeye. Polisi uwo ibifatiyemo, imushyikiriza ubutabera, agahabwa ibihano birimo n’igifungo. Urubyiruko ruri mu bantu bagaragara cyane muri ibi byaha, ni yo mpamvu turuburira, turwibutsa ko Polisi iri maso amanywa n’ijoro; kandi ko itazigera yihanganira abashaka gutungwa n’ibyo batakoreye”.

    Ati “Turabagira inama yo gukoresha amaboko n’imbaraga zabo mu bikorwa binyuze mu mucyo, kandi birahari byinshi bashobora gukora, bahere ku mahirwe igihugu kibaha. Bashore ubwenge n’amaboko, kandi bazagera ku byiza byinshi, birinde ubwo bujura kuko n’ubwo byatwara igihe, abakibirimo bazafatwa babihanirwe”.

    Abaturage bakiranye yombi iyi gahunda yo gushakisha abajura, kuko bari bamaze kubamaraho ibintu. Uwineza Angeline baheruka kumutegera mu muhanda, mu masaha ya mu gitondo ubwo yari agiye kurangura, bamwambura amafaranga, telefoni ndetse baranamukubita.

    Yagize ati “Nari ngiye kurangura inyanya mu masaha ya mu gitondo nka saa kumi n’ebyiri. Ubwo narimo ngenda mu muhanda wa kaburimbo wo kwa Mudjomba, hafi y’ahitwa kuri Lacienda mu mujyi wa Musanze, ako kanya mbona abana nka barindwi bavumbutse muri rigole zikikije umuhanda, barangota baranigagura”.

    Yongera ati “Muri uko kuniga, bafashe inzembe n’ibyuma bari bitwaje, bakata imishumi y’agakapu nari nabitsemo amafaranga ibihumbi 50 yo kurangura inyanya, ibyangombwa ndetse na telefoni byarimo, byose baratwara. Banankubise ingumi n’imigeri myinshi mu nda. Bansiga naguye igihumure, sinogera kubabona, n’ibyanjye mbiheba uko”.

    Undi mugabo uheruka gukomeretswa n’insoresore zamuteze ubwo yari atashye ari kumwe n’umugore we bavuye mu kazi.

    Yagize ati “Badutegeye mu muhanda w’ahitwa i Nyarubande mu ma saa moya y’ijoro ndi kumwe n’umugore wanjye tuvuye ku kazi. Bakiduhagarika twabanje kugira ngo ni abantu bayobye kuko babanje kutubwira ngo tubarangire ku mugabo ntibuka izina batubwiye”.

    Ati “Mu gihe narimo ngerageza kubasubiza, nibwo nagiye kubona mbona basingiye igikapu nari mpetse cyarimo imashini, ngerageza kubarwanya, mbarushije imbaraga, umwe muri bo ankubita ibuye rinini mu musaya. Icyo gikapu n’ibyarimo, amatelefoni n’ibyangombwa twari dufite byose barabitwatse, badusiga aho banadukomerekeje; twahakuwe n’abaturage bahadusanze nyuma, batujyana kwa muganga kwipfukisha ibikomere”.

    Yongera ati “Kuba Polisi yatangiye gushakisha abantu batwiba bakanadukorera urugomo, turumva biri butume twongera kugarura icyizere cy’ubuzima, kuko twari tumaze iminsi mu mihangayiko, tugenda twikandagira, twumva tudatekanye kubera ayo mabandi”.

    Imibare itangwa na Polisi ikorera mu Karere ka Musanze, igaragaza ko kuva tariki 28 Kanama 2021 kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ku wa mbere tariki 30 Kanama 2021, hamaze gufatwa abagera kuri 38, muri bo 19 ni abana bato biyise aba Marine.


    source : https://ift.tt/3kIla5d

  • Impanuka y’ikamyo yashenye inzu y’umucuruzi iramuhitana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzu z’uwo mucuruzi zari ahitwa kuri Beretware, mu ikorosi riri hepfo y’Umurenge wa Gisozi, zasenyutse burundu.

    Iyo mpanuka yanahitanye umuzamu wa Mukeshimana witwa Nkurikiyimfura Jean de Dieu, ikomeretse n’abana be babiri ari bo Munyaneza Jean de Dieu hamwe na Munyaneza Jean D’Amour.

    Ikamyo yashenye izo nzu yari yikoreye ibiti
    Ikamyo yashenye izo nzu yari yikoreye ibiti

    Inzu zasenyutse zari amaduka acururizwamo ibintu bitandukanye bya Mukeshimana hamwe n’inyama (Boucherie y’uwitwa Nshimiyimana Alexandre).

    Ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka yikoreye ibiti ifite icyapa(plaque) RAC 562 Z. Abaturage bayibonye bavuga ko shoferi hamwe n’abandi bantu babiri bari kumwe na bo bakomeretse bikomeye.

    Uwitwa Mugisha Oscar ucururuza muri “Boucherie” ya Nshimiyimana avuga ko yahise atabara agasanga Mukeshimana yamaze gushiramo umwuka, umuzamu na we umutima ngo wateraga ariko mu kanya gato ahita abona abo muryango we barira bavuga ko apfuye.

    Mugisha akomeza agira ati “Umucuruzi wapfuye ni mabuja rwose yari umuntu mwiza. Ubu tugiye gukubitwa n’ubushomeri, hano hakoreraga abantu bagera kuri 15”.

    Mugisha n’abandi babonye iyi mpanuka ikimara kuba basaba ko umuhanda wa Beretware washyirwamo ibituma abatwara ibinyabiziga bagabanya umuvuduko.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisozi, Musasangohe Providence, yemeza ko abantu bapfuye ari Mukeshimana Yvonne na Nkurikiyimfura wari umuzamu we.

    source : https://ift.tt/3jwZLwc

  • Musanze: Umugabo wari uvuye gupagasa yishwe n’insoresore zamutangiriye – #rwanda #RwOT

    Nyakwigendera Hakuzimana asanzwe atuye mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Kintobo mu Kagari ka Rukondo mu Mudugudu wa Kimpundu ariko akaba yari akunze kujya gukorera amafaranga i Rubavu kugira ngo ateze imbere umuryango we.

    Ubwo yavaga mu kazi yari amazemo iminsi mu Karere ka Rubavu ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 29 Kanama 2021, yari kumwe na mugenzi we witwa Ndimurwango Samson w’imyaka 48 y’amavuko na we wari uvuye gupagasa, bageze muri Santere ya Byangabo bava mu modoka babanza guca ahantu banywa inzoga ariko bigeze saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba baratahana.

    Ngo bageze mu nzira bahuye n’insoresore eshatu zitaramenyekana zirabatangira zitangira kubakubita zishaka kubambura, maze nyakwigendera abwira mugenzi we bari kumwe ngo niyiruke kuko yagaragazaga intege nke we akomeza guhangana nabo ari naho bamutsinze bakamujugunya mu mukingo uri hafi aho naho Samson we yiruka atabaza ariko ntihagira ubatabara nk’uko yabyivugiye mu iperereza ry’ibanze.

    Ndimurwango kandi avuga ko icyatumye akomeza akajya iwe, ari uko yageze imbere agategereza Nyakwigendera akamubura, agakeka ko yanyuze indi nzira cyangwa akaba yahise ajya kwa sebukwe utuye hafi y’aho babatangiriye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kivumu kabereyemo ubu bwicanyi, Ntacyumpenze Emmanuel yemeje aya makuru, avuga ko kuri ubu Nyakwigendera yajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri ngo akorerwe ibizamini bizagaragaza icyamwishe.

    Yagize ati “Bari bavuye gupagasa i Rubavu kubera ko bavira mu modoka mu Byangabo, babanje kuhanywa inzoga batashye nibwo bahuye n’izo nsoresore zitangira kubakubita zishaka kubambura, ubu RIB n’izindi nzego zirahari ziri kubikurikira kugira ngo amakuru yimbitse amenyekane.”

    Nyakwigendera Hakuzimana Emmanuel asize umugore n’abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri.

    Byabereye mu Byangabo mu karere ka Musanze

    source : https://ift.tt/2Y39l1E

  • Huye: Abatuye Umurenge wa Rwaniro babangamiwe no kutagira amazi – #rwanda #RwOT

    Abatuye aka gace bafite amavomero abiri babvomaho ari mu kabande ahurirwaho n’abaturage batuye uyu musozi bose ndetse n’ikigo cy’ishuri kiri hafi aho ku buryo kubona amazi bisaba kuba ufite ingufu.

    Bamwe mu baganiriye na Radio1 bavuze ko bagorwa no kubona amazi, iyo imvura iri kugwa ni yo bakoresha ariko mu mpeshyi biba bigoye kuko n’abanyeshuri bo ku kigo baturanye baba bagiye kuvamo aho.

    Umwe yagize ati “Reba nko kugira ngo umuntu ave ruguru iriya mu mpinga y’umusozi amanuke ajye epfo mu kabande bimutwara ingufu nyinshi cyane, uragenda ugasangayo n’umubyigano ukamara nk’isaha irenga utarabona amazi.”

    Undi ati “Impungenge ziba zihari ni uko hahurira abantu benshi, ubundi hari robine ebyiri iyo hino ni yo ifite amazi menshi iyo hirya ni make. Abantu baba ari benshi iyo uhagiye ufite gahunda yo guhinga ntuba ukigiyeyo, nko mu mpeshyi abanyeshuri baramanuka bakaza kuvoma abantu bakaba benshi.”

    Ku ruhande rw’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Nshimiyimuremyi Laurent, yahumurije abaturage bo muri aka gace ko bari hafi kubona amazi kuko imirimo yo kuyabagezaho igeze kure.

    Yagize ati “Turi mu gice kigira amazi make ariko kuko mubizi imishinga y’amazi iba ikomeye, mu isaranganwa ry’ingengo y’imari uko bijya bigenda habaho n’isaranganwa ry’amazi.”

    “Muri uyu mwaka ni twe tugezweho mwabonye ko n’umuyoboro batangiye kuwucukura ndetse uyu munsi batangiye gukora aho ikigega kizaterekwa, ni umuyoboro muremure rero wambukiranya imirenge ku buryo natwe uzatugeraho. Kariya gace kagiye guhabwa amazi katari kayafite.”

    Yakomeje asaba abaturage kubungabunga robine basanganwe abizeza ko bitarenze muri Nzeri bazaba bamaze kubona amazi.

    Gahunda ya guverinoma iteganya ko mu 2024 abaturage bazaba bafite amazi meza ku kigero 100%, hirya no hino hamaze igihe humvikana abaturage bataka amazi ukibaza niba iyi gahunda izagerwaho.

    Ikibazo cy’ibura ry’amazi kigenda kigaragara hirya no hino mu gihugu cyane cyane mu bihe by’impeshyi

    source : https://ift.tt/2WFrWjB

  • #rwanda #RwOT

    source : https://ift.tt/3gPvU0n

  • Umuturage warasiwe inka na FDLR yashumbushijwe eshanu zihaka – #rwanda #RwOT

    Uyu muturage yahawe inka mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 30 Kanama 2021.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Deogratias, yavuze ko inka Umukuru w’Igihugu yatanze ari igihango cy’urukundo gikomeye agiranye n’aka karere.

    Yagize ati “Turashima Umukuru w’Igihugu washumbushije umuturage warasiwe inka akamuha inka eshanu zihaka. Ejobundi zizaba zabaye 10. Iki ni igihango gikomeye cyane tugiranye n’Umukuru w’Igihugu cyo kongera gusigasira umutekano.’’

    Twagirayezu Jean de Dieu avuga ko yari yagize ubwoba kubera igihombo ashimira Umukuru w’Igihugu wamushumbushije.

    Ati “Nkimara kubona inka zanjye zirashwe nagize ubwoba nkumva ari igihombo ariko numvaga mfite icyizere ko leta izagira icyo ikora. Ndishimye cyane Perezida ni intore izirusha intambwe. Nk’uko bavuga mu Kinyarwanda ko izirimo abagabo zitanyagwa, bigaragaye ko kuba azirimo zitanyagwa.”

    Umuyobozi wa Diviziyo ya 3 mu ngabo z’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba, Gen. Maj. Alex Kagame, yabwiye abaturage ba Bugeshi ko umwanzi nta mbaraga afite abizeza ko umutekano u Rwanda rutanga mu bindi bihugu atari rwo rwawubura.

    Yagize ati “Igikorwa cyo kwangiza n’ubugizi bwa nabi ni zo ngufu basigaranye kandi ibyo tugomba gufatikanya kugira ngo turinde imipaka. Icyiza aho bari turahazi, aho bava turahazi, ibikorwa bashaka gukora turabizi kubikumira ni ngombwa. Ntabwo twagarura umutekano mu bindi bihugu ngo tunanirwe kuwiha mu gihugu cyacu.’’

    Yifashishije urugero rw’ibihugu ingabo z’u Rwanda zoherejwemo kugarura amahoro birimo Mozambique, Centrafrique, Sudani y’Epfo, yagaragaje ko nta gikwiye guhungabanya umutekano w’abaturage.

    Yagize ati “Murabizi hano Bugeshi ndababwira amagambo mwumva cyane hano habaye ibikorwa byinshi by’ubucengezi kandi ni mwe mwabikomye mu nkokora. FDLR izi ni zo ngufu isigaranye, umwaka wose ushize yabaga mu mashyamba ya Congo itwika amakara irasira ku muhanda ujya Rutshuru, yiba abaturage none ubwo yatangiye kubura umutwe nanone umuti wayo turawufite.”

    “Mbere hose ababahaga uwo muti baracyahari ariko nimwongere mushyire imbaraga mu gukora amarondo natwe tugiye kongera turebe ibice bimwe bitarimo ingabo cyane cyane ku mipaka, twongere dufunge ariko byose bishoboka dufatanyije n’abaturage.”

    Uretse izi nka eshanu zihaka uyu muturage ahawe n’umukuru w’igihugu, hari n’izindi eshatu ategereje zizatangwa n’akarere ndetse n’imirenge ya Busasamana na Bugeshi.

    Abayobozi bamugejejeho inka 5 zihaka

    Maj Gen Alex Kagame yabwiye abaturage ko umutekano w’u Rwanda urinzwe, abasaba gukomeza gutanga ubufasha ngo ucungwe kurushaho

    Umuturage witwa Twagirayezu Jean de Dieu wo mu Murenge wa Bugeshi yashyikirijwe inka 5 zihaka yashumbushijwe na Perezida Kagame

    Uretse inka Twagirayezu yahawe na Perezida Kagame, hari izindi eshatu azahabwa n’inzego z’ibanze

    source : https://ift.tt/38p8iej

  • Abantu bane bishwe na Covid-19 mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mu bipimo 8.766 byafashwe, abantu 518 basanganywe icyorezo cya Covid-19, bituma umubare w’abamaze kucyandura ugera ku 3.612 mu minsi irindwi ishize.

    Abantu icyenda basezerewe mu bitaro, mu gihe abashya binjiyemo ari umunani.

    Abantu 12.159 bahawe dose ya mbere y’urukingo rwa Covid-19, bituma abamaze kuyihabwa bagera kuri 1.502.249, naho abamaze guhabwa dose zombi bakaba ari 631.522.

    U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo nibura uyu mwaka uzarangira hakingiwe 30% by’Abaturarwanda. Ni mu gihe umwaka utaha byitezwe ko hazaba hakingiwe nibura 60%.

    30.08.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour

    Twihanganishije imiryango y’abagore 2 n’abagabo 2 bitabye Imana / Condolences to families of 2 women and 2 men who passed away / Condoléances aux familles de 2 femmes et 2 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/WULWC5m2pV

    — Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 30, 2021


    source : https://ift.tt/3gHo2y3

  • Faustin Mbundu yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mbundu ni umugabo ufite uburambe buhagije mu bijyanye n’ubucuruzi aho amaze imyaka icyenda ayoboye ikigo cya MFK Group gikora mu bijyanye n’ishoramari ritandukanye.

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mitwa Ng’ambi, yavuze ko ubunararibonye bwa Mbundu buzafasha ikigo ayoboye gukomeza gutera imbere.

    Yagize ati “Dushimishijwe cyane no kwakira Faustin Mbundu mu Nama y’Ubutegetsi yacu, ndetse no kuba yatorewe kuyiyobora. Azanye ubunararibonye buhagije mu bijyanye n’ubucuruzi, natwe twiteguye kwakira inama ze, ndetse no kubyaza umusaruro ubunararibonye bwe. Ubunaribonye bwe mu bijyanye no kwihangira umurimo buzadufasha cyane mu gushyira mu bikorwa intego zacu mu 2025, mu rugendo rwo kwifashisha ikoranabuhanga mu iterambere ry’u Rwanda.”

    Ku ruhande rwa Mbundu, yavuze ko yishimiye kwinjira mu Nama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda.

    Yagize ati “Nshimishijwe no kuba ninjiye mu Nama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda, mu gihe ikigo kimaze imyaka 23, ndetse cyanamaze gushyiraho intego zizagera mu 2025, zanatangiye gutanga umusaruro ushimishije.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko yiteguye gukomereza aho abamubanjirije bari bageze, ikintu yahuriyeho n’Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, na we washimiye umurava n’umuhate waranze ubuyobozi bw’Inama y’Ubutegetsi bucyuye igihe.

    Mbundu afite Impamyabumenyi mu bijyanye n’Ubucuruzi yakuye muri Kaminuza ya Makelele muri Uganda, ndetse akaba yaragize uruhare mu guhanga ibigo bitandukanye bikora ubucuruzi mu bijyanye no kohereza ibicuruzwa mu mahanga, ubukerarugendo, uburezi, ubujyanama mu bucuruzi, imikino n’ibindi bitandukanye.

    Faustin Mbundu yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya MTN Rwanda

    source : https://ift.tt/2WEaoEN

  • Ngororero: Habonetse umurambo w’umugabo washakishwaga akekwaho kwica umugore we – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo wari utuye mu Murenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero, yashakishwaga akurikiranyweho kwica umugore we Bavugamenshi Venantie kuwa 22 Kanama 2021 babanaga mu buryo butemewe n’amategeko agahita atoroka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Kavumu abo ba Nyakwigendera bari batuyemo, Kayitsinga Jean, yavuze ko ibimenyentso bigaragara ku mubiri wa Ndahayo bigaragaza ko ashobora kuba yariyahuye.

    Yagize ati ” Ndahayo Jean Claude yakekwagaho kwica umugore we ku itariki 22 Kanama 2021, agahita atoroka yari akiri gushakishwa atarafatwa, ntabwo twahamya neza icyo yaba yazize ariko ibimenyetso bigaragara ku mubiri we bigaragaza ko ashobora kuba yariyahuye.”

    Ati “Urumva abantu babiri bose bapfuye nta makuru yabo bivugiye azwi ariko hari ibyo abantu bajyaga bavuga ko batari babanye neza kuko uwo mugabo yari afite abagore babiri. Icyo dusaba abaturage muri rusange ni uko bajya begera inshuti, abavandimwe ndetse n’ubuyobozi bakabafasha gukemura ibibazo baba bafitanye aho kugira ngo bigere aho umwe yica undi.”

    Umurambo wa Ndahayo bivugwa ko wagaragazaga ibimenyentso by’ibikomere ku mubiri. Basanze uziritse imigozi mu ijosi.


    source : https://ift.tt/3sV5m2I

  • Kamonyi: Polisi yafashe abavomaga lisansi mu makamyo n’abari abaguzi bayo – #rwanda #RwOT

    Abafashwe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama, ni abari bashinzwe kuvoma, kubika no kurinda amavuta yabaga yaguzwe mu makamyo, yagurwaga na na babiri bayaguraga. Bafatiwe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Kigembe, Umudugudu wa Mushimba.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko kugira ngo bariya bantu bafatwe byaturutse ku bwumvikane bucye bwa bariya bagabo babiri bapfuye umwe ahamagara Polisi avuga ko hari abantu basinze barimo guteza umutekano mucye mu mudugudu.

    SP Kanamugire yavuze ko umuyobozi w’umudugudu wa Mushimba yahise agaragariza abapolisi ikibazo cy’abo bantu n’inzu babikamo biriya bikomoka kuri Peterori. Basanga harimo amajerikani 41 n’ingunguru ku ruhande byuzuyemo Mazutu na Peteroli bavomaga mu makamyo.

    Ati” Umuyobozi w’umudugudu yahise agaragaza inkomoko y’ubusinzi n’umutekano mucye bitewe n’abo bantu bacuruza ibikomoka kuri Peteroli rwihishwa. Babibikaga ahahoze sitasiyo yitwa Safari (nyirayo yarayihagaritse ntigikora). Abapolisi bageze mu nzu iri muri iyo sitasiyo basangamo matora bararaho,ndetse barara mu majerikani yuzuye Mazutu na Lisansi.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko ibyo bakoraga binyuranijwe n’amategeko kuko bishobora guteza impanuka bakaba bahira mu nzu ndetse bagatwika abaturanyi.

    Ati” Ubucuruzi bw’ikomoka kuri petero bugira uko bukorwa kandi ubukora akaba afite ibyangombwa, bariya bantu nta byangombwa bafite. Bararaga mu majerikani yuzuyemo mazutu na lisiansi kandi bashobora gucana ikibiriti wenda banywa itabi ikibatsi cy’umuriro kigahura na Mazutu na lisinsi bagashya ndetse bagatwika abaturage bahegereye.”

    Abafashwe bose bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge kugira ngo hakorwe iperereza.


    source : https://ift.tt/3BoNv7j