Tag: featured

  • Urugendo rwa Rugema Christian na Serge, abavandimwe baba mu Bufaransa biyemeje gushora imari mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Rugema Christian w’imyaka 33 y’amavuko na murumuna we, Serge Rugema w’imyaka 28 bageze mu Bufaransa nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, aho biciwe papa n’abandi benshi bo mu muryango wabo. Rugema Christian yize ibijyanye na mudasobwa, mu gihe murumuna we yize ubuvuzi.

    Nyuma yo gusigarana na mama wabo, barezwe na nyirasenge Espérance Patureau n’umugabo we nyakwigendera Bernard Patureau kugeza bakuze, bakaba ubu ari abasore bashaka kumenya no gukorera aho bakomoka mu Rwanda.

    Aba bashoramari b’abavandimwe bamaze imyaka ibiri bafite umushinga wo gutwara abantu, Gotis Transport, aho bafite imodoka 15 z’ubwoko butandukanye harimo ‘Minivan’ zishobora gutwara abantu hagati ya 10 na 12, ‘prado’,’ pick-up’, Jeep ndetse bateganya kuzazongera nibamara kwagura amasoko cyane ko icyorezo cya Covid-19 cyadindije ibintu byinshi harimo n’umushinga wabo.

    Gotis Transport ubu ifite abakozi 20, Rugema yagize ati “Sosiyete yacu yatangiye ikorana n’ibigo hamwe n’imishinga itegamiye kuri leta [NGOs] aho batwara abakozi babo mu bikorwa bitandukanye nyuma yo kugirana amasezerano.”

    Yakomeje avuga ko umuntu ku giti cye ushatse gukoresha imodoka zabo na we bagirana amasezerano bigakorwa.

    Mu kiganiro na IGIHE, Christian Rugema yasobanuye icyamuteye gutangira uyu mushinga mu Rwanda afatanyije na murumuna we babana.

    Yagize ati “Navukiye mu Rwanda ndahakurira, njya mu Bufaransa mfite imyaka 13, amashuri yose, niho nayigiye marayo igihe kinini cyane, nkajya nza mu Rwanda rimwe na rimwe ariko nk’umuntu uje gutembera noneho nkasubirayo. Buri gihe iyo nazaga nabonaga mu gihugu ibintu bihora bihinduka.”

    Rugema yavuze ko icyatumye agira igitekerezo cyo gushora imari mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi akora mu Bufaransa ari na ho atuye, ari uko byamuteraga ipfunwe gusura igihugu akabona kiri gutera imbere we nta ruhare ari kubigiramo.

    Ati “Byatangiye mu 2016, ubwo nahuye na Habimana Jean Claude umugabo wampaye amakuru kandi mu buryo yanyerekaga ibyakozwe n’aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze n’ubunararibonye na we ubwe yari afite mu bijyanye no gutwara abantu n’ibintu (transport), kuva ubwo dutangira gukorana ubu akaba ari we uyoboye sosiyete uyu munsi, turumvikana cyane.”

    “Nsubiyeyo ni bwo natangiye kuvuga nti ’ndumva hari icyo nanjye nakora’, cyane cyane ko navugaga nti ’guhora uza nk’umukerarugendo mu gihugu cyawe, nta gikorwa uhafite’, ni ibintu byari bitangiye kuntera ikintu niko navuga. Kuza nk’umukerarugendo ukareba ibintu bitera imbere ariko utazi uko bikora, niho natangiye kubitekerezaho mu by’ukuri.”

    Yakomeje avuga ko yagarutse mu Rwanda akora iperereza neza, uko umuntu yabona ibyangombwa, agisha inama abantu batandukanye, asubira mu Bufaransa yafashe icyemezo, abitekerereza umuvandimwe we Serge Rugema aramushyigikira baza gushora imari yabo mu Rwanda batyo.

    Rugema Christian wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yavuze ko urebye aho igihugu cyavuye n’aho kigeze ubu ari igitangaza, asaba abatuye hanze kwihutisha kugishoramo imari kuko bashobora kuzasanga barakererewe arebye umuvuduko w’iterambere.

    Ati “Umuntu agarutse ku mateka y’igihugu, iyo urebye ibintu bibera mu Rwanda ni nk’igitangaza sinzi niba ku Isi hari abantu benshi bari kuba bageze nk’aho tugeze ubu iyo baba barunyuze mu mateka twanyuzemo […] Nkiri mu Bufaransa narabirebaga nkabona igihugu kiri gutera imbere ndavuga nti nawe ugomba kujyamo.”

    Aba basore bombi basabye urubyiruko rutuye hanze gutinyuka nabo bakaza gutangira imishinga mu Rwanda.

    Ati “Nta mpamvu yo kugira ubwoba bwo gushora imari kuko birazwi uyu munsi ku Isi ko mu Rwanda ari igihugu muri Afurika iyo ushoyemo imari biba bifite umutekano, birazwi y’uko hano hari amategeko agenga imirimo kandi akomeye.”

    “Igisigaye ni ukuza bagafatanya n’Abanyarwanda kugera kure, nibagire vuba kuko wenda ejo bashobora kuzaba bakererewe.”

    Bavuze ko bishimira aho ibikorwa byabo nabo bafatanyije bigeze, bavuga ko nubwo Covid-19 yatumye bidatera imbere cyane batazacika intege, ko ahubwo igihe cya Covid-19 bagikoresheje biga neza uko bazakomeza gukora.

    Ushaka kumenya byinshi kuri iki kigo cyatangijwe n’aba basore wakanda hano: gotis.rw

    Rugema Christian na Rugema Serge bakuriye mu Bufaransa ariko biyemeza gushora imari mu Rwanda

    Batangije Gotis Transport, ikigo gitanga serivisi zo gutwara abantu

    Bafite imodoka z’ubwoko butandukanye

    Bafite imodoka zishobora no gutwara abantu bafite umuryango munini

    Dj Ira ni umwe mu bantu bakorana n’iki kigo

    Itsinda ry’ubuyobozi bwa Gotis.rw

    Buri modoka yitabwaho n’umushoferi wayo kandi uhabwa amahugurwa kenshi kuko nibo bahura n’abafatanyabikorwa cyane n’abakiliya

    Izi modoka zikodeshwa ku giciro gito kandi zigera mu bice byose by’igihugu

    DJ Ira ni umwe mu bamamaza izi modoka

    Iki kigo gifite abakozi b’inzobere mu gutwara abagenzi no kubafasha mu bindi bibazo bashobora guhurira nabyo mu rugendo

    Abatwawe mu modoka za Gotis.rw baba bisanzuye

    Iyi sosiyete ifite abakozi b’abahanga

    Bifitiye abakanishi ba sosiyete mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’abo batwara

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3h8UObJ

  • Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda yakomoje ku kibazo cy’abaturage bagaragaye bakubitwa n’Umushinwa – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’uko hari Umushinwa wagaragaye mu mashusho arimo gukubita umuturage wo mu Kagari ka Mukura, Umurenge wa Kagano mu Karere ka Rutsiro. Nk’uko bigaragara mu mashusho, uwo muturage yari aziritse ku giti, aho uwo Mushinwa yari ari kumukubita akoresheje umugozi.

    Amakuru yamenyekanye avuga ko uwo Mushinwa wakubitaga umunyarwanda ari umukozi wa sosiyeye yigenga yitwa Ali Group Holdings Ltd.

    Itangazo rya Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ryashyizwe, rivuga ko bababajwe n’ibikorwa bigayitse byagaragaye kuri uwo mukozi wa sosiyete yigenga.

    Rigira riti “Ambasade y’u Bushinwa ishyigikiye inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko mu Rwanda mu gukora iperereza no gukemura iki kibazo binyuze mu mucyo hagendewe kubyo amategeko y’u Rwanda ateganya.”

    Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ambasade y’u Bushinwa isaba sosiyete zigenga z’Abashinwa n’abaturage bacu bari mu Rwanda kubahiriza amategeko n’amabwiriza y’imbere mu gihugu.”

    Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda kandi yasabye abaturage bose muri rusange kujya batanga amakuru y’aho bakeka imyitwarire idahwitse kubimenyesha Polisi aho kwihanira kuko binyuranyije n’amategeko.

    Ubuyobozi bwa Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda buvuga kandi ko buzakomeza guteza imbere imibanire myiza n’ubucuti bw’abaturage bisanzwe biranga ibihugu byombi.

    Ambasade y’u Bushinwa yamaganye abagize uruhare mu gukubita aba baturage

    source : https://ift.tt/2Wz1c4V

  • Rwamagana: Abangavu 40 babyaye imburagihe bahawe ubufasha, bibutswa ko butazahoraho – #rwanda #RwOT

    Aba bakobwa biganjemo ababyaye bataruzuza imyaka 18 bahawe imashini zidoda kuri buri umwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Kanama 2021 nyuma y’amezi atandatu bigishwa kudoda bya kinyamwuga.

    Ubu bufasha babuhawe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rubinyujije mu mushinga wa APV usanzwe ufasha abantu badafite ubushobozi buhagije ku bufatanye n’Akarere ka Rwamagana.

    Abakobwa bahawe izi mashini bavuze ko zigiye kubafasha guhindura ubuzima babagamo, abenshi bavuze ko batewe inda bagatereranwa n’imiryango yabo kugeza ubwo bitereye icyizere none ngo bongeye guhabwa icyizere cyo kubaho.

    Umumararungu Nadine utuye mu Kagari ka Nyagasambu mu Murenge wa Fumbwe, yavuze ko bishimiye cyane inkunga bahawe avuga ko benshi muri bo bakimara guterwa inda birukanwe n’imiryango yabo bituma bigunga.

    Ati “ Nkanjye nitanzeho urugero ntaraza kwigishwa kudoda nari ndi mu bwigunge nkimara kubyara, numvaga nta byishimo, nta gaciro nkifite ndetse numva nta n’icyo namarira igihugu.”

    Yakomeje avuga ko ahurijwe hamwe n’abandi yasanze hari benshi bahuje ibibazo batangira kubigisha ari nako babagarurira icyizere gahoro gahoro berekwa uburyo inzozi bahoranye bazigeraho.

    Ati “ Twatangiye kwiga, ndi umuntu ugura igitenge nkakidodesha ariko ubu ndidodera, ikindi umwana wanjye nawe ninjye umudodera imyenda y’ishuri, hari n’abandi baturanyi basigaye bangirira icyizere nkabadodera, ikindi ubu maze kwizigamira 25.000 Frw yose nakuye mu kudodera abandi.”

    Dusenge Marie we yagize ati “Ubu njye mu byishimo mfite ni uko nagaruriwe icyizere, naje kwiga numva ntakongera gutera imbere ariko ubu kimwe n’abandi banyeshuri twigana tumaze kumenya kudoda none twanahawe imashini; ni ibyishimo bikomeye.”

    Yashimiye ubuyobozi bwa APV n’Akarere ka Rwamagana, abizeza ko bagiye kwiteza imbere bagateza imbere n’imiryango yabo.

    Umuyobozi w’Umuryango APV wafashije aba bana b’abakobwa kwiga imashini ndetse buri umwe ukanayimuha, Pasiteri Joy Basinga, yavuze ko batigishije abana b’abakobwa babayariye iwabo gusa ahubwo banigishije abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu rwego rwo kubagarurira icyizere.

    Ati “Abo bana twabahaye ubumenyi bwo kwiga kudoda bakihangira imirimo, twabigishije kwizigamira, tubigisha kudoda mu buryo bwa kinyamwuga. Twabigishaga kudoda tunabigisha uburenganzira bwabo, basobanukiwe ko bashobora kugana inzego z’ibishinzwe.”

    Yakomeje avuga ko uretse kubigisha banahuguye ababyeyi babo bahuza imiryango yari ifite ubwumvikane buke hagati yabo kubera wa mwana wabyaye akiri muto.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mutoni Jeanne, yasabye aba bana b’abakobwa kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe ndetse n’imashini bahawe.

    Ati “ Ubundi hari ubwo umuntu yiga akabura nuko atangira kwiteza imbere none twizeye ko abana basoje hano bize kandi banabonye ubushobozi bwo gutangira kwikorera, turabona rero bizadufasha cyane mu rwego rw’imibereho myiza y’abana babyaye ndetse n’imibereho myiza y’ingo bavukamo. Twumvikanye ko bagiye kudufasha gukumira ubusambanyi kuri bagenzi babo bakajya batanga amakuru ku wo babona wahohoterwa.”

    Mutoni yasabye abakobwa bahawe ibi bikoresho kwitwararika bagakoresha neza amahirwe babonye biteza imbere.

    Ati “Nubwo basoje kwiga ntabwo ari irushanwa cyangwa se igihembo bahawe cy’ibyo byahise, ahubwo ni ubushobozi bahawe kugira ngo batangire ubuzima bushya burimo kwirinda kurera abana babo neza no kwiteza imbere.”

    Ibikoresho byahawe birimo imashini nshya zidoda ndetse no kubigisha byatawe miliyoni 24 Frw, aba bangavu bahise bashyirwa mu matsinda bashakirwa inzu zo gukoreramo kugira ngo bakomeze bahuze imbaraga.

    Abangavu 40 bashyizwe mu matsinda azabafasha kwiteza imbere

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mutoni Jeanne, yasabye abangavu kwiteza imbere bakoresheje imashini bahawe

    source : https://ift.tt/3tgcYNz

  • Abanyarwanda babiri biciwe muri Uganda, umwe umurambo we wasanzwe watwitswe – #rwanda #RwOT

    Uwishwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru yitwa Ntwari Bahati, yari asanzwe akorera mu Mujyi wa Kampala akazi k’ubukanishi.

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko Bahati yari amaze imyaka ine aba mu Mujyi wa Kampala, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru nibwo yishwe. Yavukaga mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Uburasirazuba.

    Bivugwa ko mu gitondo cyo ku Cyumweru, hari umuntu bakomoka mu gace kamwe [i Ngoma] bari barajyanye gukora i Kampala wabyutse agiye kumureba ngo bajye ku kazi, ageze mu rugo rwe asanga abantu bamunize baramwica, barangije baranamutwika.

    Inzego z’umutekano zahise zitabazwa gusa umwe mu bo babanaga ahita atoroka, undi we arafatwa arafungwa.

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mulago mu gitondo cyo ku wa Mbere. Mushiki we yabashije kwerekwa umurambo, asabwa ko yashaka uko awujyana mu Rwanda kuko udashobora gushyingurwa muri Uganda kuko ari umunyamahanga kandi nyakwigendera akaba atishwe na Covid-19.

    Ku rundi ruhande, ku wa 30 Kanama 2021 ahagana saa yine n’igice z’amanywa, Polisi ya Uganda yatangaje ko hari umugabo w’umunyarwanda wabonetse yiciwe mu gace ka Karujanga mu Karere ka Kabale.

    Uwo mugabo yari umucuruzi muri ako gace, aho yiciwe ni hafi cyane n’Akarere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru kuko bisaba gukora urugendo ruri munsi ya kilometero imwe.

    Bivugwa ko abishe uwo mugabo bari bamaze kumwiba amafaranga arenga miliyoni imwe y’u Rwanda. Bamwishe bamuteye ibyuma umubiri wose.

    Theoneste Dusabimana wishwe yari yaravutse mu 1969. Nta muntu n’umwe uratabwa muri yombi akurikiranyweho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi. Bivugwa ko yakoranaga n’abantu batatu muri ubwo bucuruzi.

    Dusabimana yishwe atewe ibyuma n’abantu bataramenyekana

    Impfu za hato na hato z’Abanyarwanda baba muri Uganda zimaze kuba nyinshi kuva mu 2017 ubwo umubano w’ibihugu byombi wazagamo agatotsi. Icyo gihe leta ya Uganda yari imaze iminsi ihiga bukware abanyarwanda ibashinja kuba intasi.

    Nko muri Kamena uyu mwaka, umunyarwanda witwa Bazambanza yiciwe muri Uganda umurambo we ujugunywa ku mupaka utandukanya ibihugu byombi mu Karere ka Burera.

    Abatarapfuye bagiye bagarurwa mu Rwanda barabaye ibisenzegeri kubera inkoni n’irindi yicarubozo bakorerwa muri gereza zo muri Uganda iyo bafashwe.

    Usibye izo mpfu za hato na hato, kuva Coronavirus yakwira ku Isi, abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutotezwa ku buryo bukomeye bashinjwa ko bakwirakwiza icyo cyorezo mu gihugu.

    Muri Werurwe umwaka ushize, Uganda yirukanye Abanyarwanda barenga 342 bashinjwa gukwirakwiza Coronavirus. Icyo gihe bashyizwe hamwe n’inzego z’ubuyobozi, zibajugunya ku mipaka itemewe mu Rwanda mu turere twa Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru zibashinja ko bari gukwirakwiza Coronavirus muri Uganda.

    Kuva ibibazo hagati y’u Rwanda byafata indi ntera, ibihugu byombi byiyambaje inzira y’ibiganiro bitangira Perezida Kagame agirira uruzinduko muri Uganda, nyuma hashyirwaho Komisiyo ihuriweho n’Abaminisitiri ku mpande zombi kugira ngo iganire ku buryo bwo gushaka igisubizo.

    Habaye inama zirenga enye zihuje impande zombi, bigera n’aho abandi bakuru b’ibihugu binjira mu kibazo uhereye kuri Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, wakoreye uruzinduko i Kigali n’i Kampala.

    Perezida Kagame yiyambaje João Lourenço wa Angola na Félix Tshisekedi wa RDC nk’abahuza, ndetse haba inama eshatu bayoboye zose zitigeze zigira icyo zitanga.

    Urugero, muri Gashyantare 2020, abakuru b’ibihugu byombi hamwe n’abahuza bagiranye inama ebyiri, imwe yabereye i Luanda ikurikirwa n’iyabereye i Gatuna nyuma y’ibyumweru bibiri.

    Zari zikurikiye ibiganiro Perezida Kagame yagiranye n’intumwa za Uganda zirangajwe imbere na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kuteesa, ku wa 18 Ukwakira 2019; indi nama y’abakuru b’ibihugu n’abahuza yabereye i Luanda ku wa 21 Kanama; yakurikiraga iyari yabaye na none ku wa 12 Nyakanga 2019.

    Ni mu gihe Perezida Kagame ubwe yari yanagiriye uruzinduko muri Uganda ku wa 25 Werurwe 2018 aganira na mugenzi we kuri iki kibazo. Izo nama ntizirimo izahuje Komite za ba Minisitiri b’ibihugu byombi zirimo zabereye i Kampala n’i Kigali.


    source : https://ift.tt/2WBKKkq

  • Umwaka urashize: Wine, akabati k’imbuto, ibiryo byo muri hotel…iminsi ya mbere ya Rusesabagina mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    - “Je préfère me taire” [mpisemo guceceka ] niryo jambo rya mbere Rusesabagina yavuze ageze i Kigali

    - Sankara yari kuri RIB ubwo Rusesabagina yerekwaga itangazamakuru

    - I Remera aho Rusesabagina yari afungiye, yagaburirwaga “ibiryo bivuye muri hotel”

    - Mu cyumba cye harimo akabati karimo imbuto, yanashaka Wine akayituma

    - Me Rugaza David na Me Nyambo Emeline bamwunganiye badahembwa

    Hari saa yine z’igitondo ku itariki nk’iyi mu 2020. Wari umunsi nk’indi isanzwe, ku wa mbere abantu bose bagifite ingufu zo gutangira icyumweru, umwe mu bakozi ba RIB ushinzwe itangazamakuru ampamagara kuri Telefoni, ati “saa tatu ushobora kuza kuri Headquarters?” Nti nta kibazo, mubaza icyo anshakira, ambwira ko nkimenya mpageze. Ayo ni yo magambo n’abandi banyamakuru batarenze 10 babwiwe.

    Kuri RIB iyo wabazaga ikigiye kuba, abantu barasekaga ntihagire ukubwira ibyo aribyo.

    Njye wahageze kare natangiye kubona ibimenyetso by’uko ari inkuru ikomeye. Icyo abantu benshi batamenye kuri uwo munsi ni uko Nsabimana Callixte Sankara na we yari ahari.

    Namubonye yambaye impuzankano y’abagororwa, ari kuzamuka mu ngazi zo kuri ibi biro, gusa nta kindi wari kumenya kiri kujya imbere.

    Twahageze turi abanyamakuru batarenze 10, buri wese yicara ahanye na mugenzi we intera na cyane ko icyo gihe Covid-19 yari ikiri mbisi ica ibintu. Saa yine na 20, nibwo umugabo wambaye ikote ry’umukara yinjiye mu cyumba, twese turatirita, abantu bayoberwa ibibaye, hanyuma Dr Murangira B. Thierry wari utangiye akazi k’ubuvugizi muri iyo minsi ati “ RIB iramenyesha Isi…”, ibindi byakurikiyeho murabizi.

    Ibintu kuri Rusesabagina byahinduye isura ubwo yari ageze i Kanombe, umuntu uzi neza iby’ifatwa rye yabwiye IGIHE ko yabonye ko aho ari atari i Burundi ari uko arungurutse mu kirahure cy’idirishya ry’indege akabona ibendera.

    Ati “Yahise yiyakira!”

    Icyo gihe ibintu byose yabajijwe, yasubije ati “Je préfère me taire”. Bivugwa ko no muri dosiye ye y’ibazwa inzego z’u Bubiligi zamukoresheje ubwo zasakaga urugo rwe, yagezemo hagati akabwira Abapolisi ati “Je préfère me taire”!

    Tugaruke kuri RIB, Sankara wari uhari icyo gihe, ntiyari yajyanywe no guhura n’uwari Sebuja dore ko atigeze anamuca iryera ahubwo yari yagiye mu ibazwa kugira ngo huzuzwe dosiye ya Rusesabagina ubundi ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Nta muntu wari wakamenye ibijyanye na Pasiteri Niyomwungere Constantin, ahubwo naketse ko Sankara ari we “warabuye” inzego z’ubutabera akazimenyesha aho Rusesabagina aherereye.

    Ibye byamenyekanye mu kiganiro Rusesabagina yagiranye na The East African ku wa 7 Nzeri 2020, mbere yaho nta muntu wari uzi aho biva n’aho bijya. Icyari kizwi ni uko yafatiwe i Kanombe aturutse i Dubai kandi ko yari yizanye. “Operasiyo” nyir’izina, twayimenye mu ntangiro z’uyu mwaka ubwo Bishop Niyomwungere yavugaga ko yiyemeje “kwitandukanya n’ikibi” agashyikiriza RIB “umutama” w’inshuti ye.

    Abantu babonye Rusesabagina mu minsi ya mbere ye mu Rwanda, basobanura ko yamaze iminsi adasobanukiwe neza ibyamubayeho gusa ngo mu matariki ya mbere ya Nzeri cyane guhera ku ya 4 Nzeri 2020 yatangiye kongera kumwenyura.

    Umwe yabwiye IGIHE ati “ Ku ruhande rwe ntabwo byari byiza, harimo kumva ko ageze aho atagombaga kugera, ahantu azi ko hari ibyo acyekwaho. Cyakora ntabwo yigeze atinda kwiyakira, ariko cyane cyane yagaruye agatima amaze guhura n’abanyamategeko be yihitiyemo Me Rugaza David na Me Nyambo Emeline. Mbere yumvaga ko agiye kugirirwa nabi ariko abona ntabwo bibaye.”

    Rugaza waburaniye Rusesabagina yaminuje muri Kaminuza ya Makerere ibijyanye n’amategeko. Ni n’umwe mu nzobere mu mategeko mu Rwanda uburana imanza nshinjabyaha. Afite ikigo gitanga ubujyanama mu mategeko cyitwa Rugaza Law Firm.

    Icyumba yafungiwemo cyarimo akabati k’imbuto, n’iyo yakeneraga “Wine” yarayihabwaga

    Biragoye kubyemeza ariko ku rundi ruhande birashoboka ko nta wundi muntu mu mateka y’u Rwanda wafunzwe mu buryo bwiza nk’ubwa Paul Rusesabagina. Ku rundi ruhande ariko, hari amakuru IGIHE ifite y’uko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose rukigengesera ikintu cyose muri dosiye ye, ku buryo serivisi ahabwa zose zigomba kuba ziri ku rwego mpuzamahanga.

    N’ikimenyimenyi, nta rundi rubanza mu Rwanda rwigeze rutambutswa imbonankubone ku miyoboro ya Televiziyo zitandukanye mu gihugu zirimo n’iy’igihugu, bigaragaza umucyo ubutabera bw’u Rwanda bwagerageje gushyira muri dosiye ye.

    Icyumba Rusesabagina yari afungiyemo i Remera ni icy’inyubako ya Polisi izwi nka “Kigali Metropolitan Police”. Yuzuye muri Gicurasi 2015 itwaye miliyari 1,5 Frw.

    Cyari kirimo ibikoresho byose umuntu akeneye, ubwogero bugezweho n’ubwiherero busukuye. Cyari gifite igitanda kirimo inzitiramibu, gishashe neza ku buryo hari ubwo “yiyumvaga nk’umuntu uri muri hotel” nubwo atari afite uburenganzira bwo gusohoka.

    IGIHE ifite amakuru ko muri icyo gihe, iyo Rusesabagina yashakaga ibyo kurya, yahitagamo ifunguro anyotewe uwo munsi rikavanwa kuri hotel ndetse yanashaka n’umuvinyo wo kurenzaho akawuhabwa.

    Mu cyumba cye harimo “menu” y’amafunguro ya hotel [ izina ryayo ntabwo twaritangaje muri iyi nkuru], buri munsi abamushinzwe bajyaga gufata mu cyumba cye urutonde rw’ibyo yahisemo kuza kurya ubundi bakajya kubimuzanira ndetse bivugwa ko rimwe na rimwe iyo hotel ariyo yabigemuraga aho yari afungiye.

    Hari umuntu waganiriye na IGIHE wigeze kumusura aho yari afungiye, ahageze Rusesabagina aramuzimanira. Ati “ Umunsi umwe narahageze, twisangirira imbuto, aranzimanira.”

    Muri icyo cyumba kandi harimo ameza n’intebe eshatu Rusesabagina yabyifashishaga nk’ibiro ashobora kwicaramo agategura dosiye ye neza.

    Abanyamategeko bamwunganiye bwa mbere ntibahembwaga

    Mu mategeko habamo ihame ryitwa “pro bono” aho rikunda gukoreshwa cyane ku bantu badafite amikoro, bagahabwa abunganizi ku buntu, batishyurwa. Rusesabagina na we kuko yasobanuraga ko nta muryango afite hafi aho ngo uzamwishyurire, yahisemo abanyamategeko babiri muri uwo murongo.

    Bivugwa ko urugaga rw’abanyamategeko rwamuhaye lisiti y’abanyamategeko n’imyirondoro yabo, ubundi mu ntangiriro za Nzeri ahabwa umwanya wo guhura na buri wese amukoresha ikizamini binyuze mu bibazo yamubazaga.

    Ibibazo Rusesabagina yabajije abo banyamategeko bose ni ibijyanye n’amategeko, uko bazamufasha, arangije ahitamo Me Rugaza David wari winjiye bwa nyuma uwo munsi muri icyo kizamini.

    Bivugwa ko ubwo yari amaze guhura na Rugaza, yatangiye kugarura agatima, atangira kuganira ashize amanga.

    Umwe mu bantu bigeze kumubona ari kumwe n’abo bunganizi be i Remera muri iyo minsi, yabwiye IGIHE ati “ Wabonaga harimo urukundo hagati ye n’abavoka be, ubona ko yishimye. Yisanze muri VIP mu buryo bunyuranye n’uko yakekaga.”

    Murumuna w’umugore we niwe muntu wa mbere wahamagawe

    Umuryango wa Rusesabagina wamaze iminsi utaramenya amakuru y’uyu mugabo, n’ayo wamenye mu minsi ya mbere wayakuraga mu itangazamakuru kimwe n’abandi bose.

    IGIHE yamenye ko ubwo Rusesabagina yari amaze kubona abunganizi, we ku giti cye yahaye nimero z’umugore we n’umukobwa we abamwunganiraga kugira ngo babamenyeshe uko amerewe.

    Mu minsi ya mbere yaba umugore wa Rusesabagina n’umwana we ntabwo bitabaga telefoni hanyuma Rusesabagina arahindura aha abunganizi be nimero za murumuna w’umugore we aba ari we witaba telefoni.

    Uwo murumuna w’umugore wa Rusesabagina yasabwe kumenyesha umugore we n’umwana we uko uyu mugabo amerewe, yihutira kubikora anababwira ko bafungura telefoni zabo kugira ngo babone uko bajya bavugana. Icyo gihe nibwo umugore wa Rusesabagina yavuganye bwa mbere n’umugabo we binyuze ku bunganizi be.

    Iyo uganiriye n’abantu bose bakurikiranye dosiye ya Rusesabagina mu minsi ya mbere, bahuriza ku kintu kimwe, cy’uko byabasabaga gukora amanywa n’ijoro, bataruhuka kuko birindaga ikintu cyose kidaciye mu mucyo.

    Mu bantu ba mbere batari abunganizi ba Rusesabagina mu mategeko bamusuye amaze gufungwa, harimo umukozi wa Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda. Yakurikiwe n’undi mukozi wa Ambasade y’u Bubiligi mu Rwanda.

    Bivugwa ko umunsi ku wundi, abakozi b’izo Ambasade zombi bavuganaga n’abunganizi ba Rusesabagina ahanini bashaka kumenya uko uburenganzira bwe bwubahirizwa.

    Me Rugaza acyunganira Rusesabagina yigeze kubwira IGIHE ati “ Nkora amanywa n’ijoro. Nureba mu mafoto ya mbere, ntabwo nari mfite imvi, akurikiyeho uzabona ko mfite imvi. Nkora amasaha menshi ku bw’inyungu z’umu-client wanjye.”

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Paul Rusesabagina pic.twitter.com/SMt0hkJPzk

    — IGIHE (@IGIHE) August 31, 2020

    Abakozi ba Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibo bantu ba mbere bamusuye muri Kasho i Remera. Aba bagaragara ku ifoto nabo ni abakozi b’iyo Ambasade, bari bitabiriye urubanza rwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo

    Me Nyambo Emeline (ubanza ibumoso) na Me Rugaza David bunganiye Rusesabagina mu gihe kirenga amezi atatu ku buntu

    Rusesabagina yabaga mu cyumba kirimo ibikoresho byose akeneye ndetse n’akabati karimo imbuto. Hari umuntu wigeze kumusura muri iki cyumba ahageze Rusesabagina amwakiriza imbuto

    Rusesabagina ari kuganira n’umuntu wari wamusuye mu cyumba, bishimanye

    Me Rugaza na Rusesabagina ubwo bari bitabye Ubushinjacyaha

    source : https://ift.tt/38uILAw

  • Dr Bizimana yagizwe Minisitiri, Busingye akurwa muri Minijust yari amazemo imyaka 8 – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu ni we wakoze izi mpinduka mu myanya itandukanye mu nzego nkuru z’igihugu nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe.

    Izo mpinduka zirimo ko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yashyizweho ku wa 14 Nyakanga 2021 yabonye umuyobozi wayo wa mbere. Ni Dr Bizimana Jean Damascène wayoboraga CNLG kuva mu 2015.

    Iyi minisiteri yahawe kuyobora ifite inshingano zo kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, kubungabunga umurage w’amateka no gutoza uburere mboneragihugu.

    Undi wahawe inshingano nshya ni Busingye Johnston wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza.

    Busingye yavuye muri Guverinoma nyuma y’iminsi 3023 ni ukuvuga imyaka umunani, amezi atatu n’iminsi icyenda ayinjiyemo kuko bwa mbere yagizwe Minisitiri hari ku wa 23 Gicurasi 2013.

    Nta yindi minisiteri yigeze ayobora. Uyu mugabo wize amategeko muri Kaminuza ya Makerere, kuva mu 2006 kugera mu 2013 yari Perezida w’Urukiko Rukuru. Yigeze kuba Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera cyo kimwe n’Umucamanza mu Rukiko rwa Afurika y’Uburasirazuba.

    Busingye yasimbuye Yamina Karitanyi wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza kuva muri Nzeri 2015. Yamina wigeze kuba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo no kubungabunga Ibidukikije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, we yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz.

    Francis Gatare wari Umuyobozi wa RMB we yagizwe Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’Ubukungu.

    Uyu mugabo wize amategeko muri Kaminuza ya Makerere hagati ya 1988 na 1991, akaniga ibijyanye n’Ubukungu muri Kaminuza ya Windsor n’Imiyoborere muri Harvard University, John F. Kennedy School of Government; yigeze kumara imyaka itandatu ari Umuyobozi wa RDB ndetse hagati ya 2009 na 2014 yari Umunyamabanga wihariye wa Perezida wa Repubulika. Yari amaze imyaka ine n’amezi arindwi ayobora RMB.

    Undi wahawe inshingano ni Dr Fidèle Ndahayo wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu za Atomike. Ni ubwa mbere iki kigo kuva cyajyaho gihawe umuyobozi, bijyanye na gahunda igihugu cyihaye zo gukoresha ingufu za nucléaire mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere.

    Dr Ndahayo yigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse ayobora na Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba.

    Ikigo yahawe kuyobora cyashyizweho n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo ku wa 4 Ukuboza 2020. Gifite inshingano zo guteza imbere ikoreshwa mu mahoro ry’ingufu za nucléaire hagamijwe iterambere rirambye ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

    Clarisse Munezero we yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu mu gihe Dr Mihigo Kalisa Thierry yagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukungu muri Banki Nkuru y’Igihugu.

    Munezero yari asanzwe akora muri Legal Aid Forum. Afite Masters mu Mategeko Mpuzamahanga yakuye muri Kaminuza ya Nantes mu Bufaransa. Yakoze muri Avocats Sans Frontières ashinzwe gukurikirana imishinga hagati ya 2011 na 2012.

    Yakoze kandi muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu gihe cy’imyaka itatu ashinzwe ibijyanye n’amategeko mbere yo kujya muri Legal Aid Forum yari amazemo imyaka irindwi n’amezi atandatu.

    Umwanya wahawe Dr Mihigo Kalisa nta muntu wari uwufite kuva mu Mutarama uyu mwaka ubwo Dr Thomas Kigabo wari uwurimo yitabaga Imana.

    Kalisa yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukungu, ayobora n’Ishami rigenzura imiterere y’Ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi. Yaminurije muri Kaminuza ya Lyon mu Bufaransa. Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga, PhD, mu Bukungu.

    Aba mu nama z’ubutegetsi z’ibigo bitandukanye bya Leta nka Rwanda Airport Company Ltd na Agaciro Development Fund aho ari Umuyobozi Mukuru wungirije w’Inama y’Ubutegetsi.

    Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe | Communiqué from the Office of the Prime Minister pic.twitter.com/H4j8HDpIWi

    — Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) August 31, 2021

    Dr Bizimana Jean Damascène yagizwe Minisitiri wa Mbere wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu

    Busingye Johnston ni umwe mu bari bamaze igihe kinini muri Guverinoma, ubu yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

    Francis Gatare yagizwe Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Ubukungu

    Clarisse Munezero yari asanzwe ari Umukozi w’Umuryango utanga Ubufasha mu by’Amategeko, Legal Aid Forum ushinzwe Amahugurwa n’Ubushakashatsi

    Yamina Karitanyi yari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza kuva mu 2015, ubu ni Umuyobozi Mukuru wa RMB

    Dr Fidèle Ndahayo wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu za Atomike yigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse ayobora na Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba

    Dr. Kalisa wagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukungu muri Banki Nkuru y’Igihugu yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n’Ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi

    source : https://ift.tt/38sKJBt

  • Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda yamaganye abakubise umuturage bamuziritse ku giti #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, yatangaje ko iyo Ambasade ishyigikiye inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko mu Rwanda, kandi ko bazafatanya mu gukora iperereza no gukurikirana iki kibazo mu mucyo hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko y’u Rwanda.

    Icyakora iyo Ambasade yasabye ko ibikorwa by’Abashinwa biri mu Rwanda ndetse n’abaturage b’u Bushinwa bakora batekanye nk’uko biri mu burenganzira bahabwa buteganywa n’amaegeko.

    Iyo Ambasade kandi isaba amakompanyi y’u Bushinwa akorera mu Rwanda kimwe n’abaturage b’icyo gihugu bari mu Rwanda kubahiriza ibiteganywa n’amategeko.

    Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa ati “Imyitwarire yose ifatwa nk’idakwiye igomba kuregerwa Polisi ako kanya, aho kugia ngo umuntu abikemure uko abyumva akurikije inzira zidateganywa n’amategeko.”

    Yongeyeho ati “Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda izakomeza guteza imbere imibanire, ubufatanye n’ubucuti hagati y’abaturage b’u Rwanda n’ab’u Bushinwa.

    Umushinwa wakubise Umunyarwanda yamuboheye ku giti yatawe muri yombi

    Inzego z’umutekano mu Rwanda zatangaje ko zataye muri yombi umushinwa n’abamufashije gukubita abantu abaziritse ku giti.

    Amashusho y’iyicarubozo yatangiye gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga tariki ya 30 Kanama 2021, agaragaza umugabo uziritse ku giti arimo akubitwa abazwa aho yajyanye umucanga cyangwa igitaka bayungurura bakuramo amabuye y’agaciro, umugabo (ukubitwa) agatakamba asaba imbabazi.

    Byabereye mu Murenge wa Mukura, Akagari ka Kagano mu Karere ka Rutsiro ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ikigo cya ALI GROUP HOLDING LTD.

    Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abagaragazwa barimo gukubitwa ari Niyomukiza Azalias na Ngendahimana Gratien.

    Polisi y’u Rwanda ibinyujije ku rukuta rwa Twitter yanditse ko abantu bagaragaye muri iki gikorwa batawe muri yombi.

    Ni mu butumwa bugira buti “Abantu babiri harimo n’ugaragara muri aya mashusho bakekwaho gukubita Niyomukiza Azalias na Ngendahimana Gratien bafashwe, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango mu Karere ka Rutsiro, mu gihe inzego zibishinzwe zigikomeje iperereza.”

    Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Col (Rtd) Ruhunga Jeannot, na we yatangaje ko bariya bantu bakurikiranyweho ibyaha bibiri.

    Ati “Uyu ukubita n’abamufashije bose barafashwe, ubu bari mu maboko y’ubutabera bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita n’icyo kwica urubozo.”

    Inkomoko yo gukubitwa

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro Bisangwabagabo Sylvestre yabwiye Kigali Today ko mu Murenge ayoboye hari umushinwa watsindiye gucukura amabuye y’agaciro kandi iki gikorwa akaba agifatanyije n’ibindi bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu Karere ka Nyamasheke.

    Agira ati “Aha yatsindiye mbere hari hasanzwe abantu bacukura amabuye binyuranyije n’amategeko, twabyita kuyiba. Ubwo uyu munyamahanga yazaga bakomeje kumwiba, ariko muri uku kwezi kwa Kanama muri Nyamasheke na ho hari abakozi babiri yafashe bamwibye amabuye ahitamo kubazana mu kirombe cya Rutsiro kubafungirayo.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura akomeza agira ati “Abo mu muryango wabo rero bababuriye irengero barashakisha ariko baza kumenya uko uyu mushinwa yabazanye hano, nibwo rero bakurikiye baza hano gushaka amakuru basanga abantu babo ni ho bafungiye.”

    Byagenze gute kugira ngo amashusho ajye hanze ?

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Bisangwabagabo Sylvestre avuga ko byatewe no kutumvikana kw’abagize iki kigo gicukura amabuye y’agaciro. Ngo ubwo uyu mushinwa yakubitaga abaturage, bamwe mu bakorana na we bafashe amashusho bayashyira hanze.

    Icyakora ngo ibikorwa by’iyicarubozo uyu mushinwa yakoraga byamenyekanye tariki 23 Kanama 2021 ndetse ubuyobozi busura iki kirombe bukuramo abafunzwe bajyanwa kwa muganga naho umushinwa aratoroka hamwe n’umusemuzi we.

    Abaturage bakorera mu kirombe bavuga ko gukubitwa no gushyirwaho iterabwoba bari babimemyereye kuko yari yarababwiye ko Leta yamuhaye uburenganzira bwo kubahana uko ashatse.

    Uretse kuba hari abo yakuye i Nyamasheke akaza kubafungira i Rutsiro, abaturage bavuga ko yari afite n’ahandi i Nyamasheke ajya gufungira Abanyarutsiro bakosheje.

    Bisangwabagabo avuga ko ubwo aya makuru yamenyekanaga uyu mushinwa yatorotse ariko nyuma aza kwishyikiriza inzego z’umutekano akaba afungiye kuri sitasiyo ya Ruhango.

    Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano mu Rwanda riteganya ko gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake, umuntu ubihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya 500.000 Frw ariko itarenze 1.000.000 Frw.

    Iryo tegeko risobanura iyicarubozo nk’igikorwa icyo ari cyo cyose gitera uburibwe cyangwa ububabare haba ku mubiri cyangwa ku bwenge, gikorewe umuntu ku bushake hagamijwe kumushakaho amakuru cyangwa kuyashaka ku wundi muntu cyangwa ukwemera icyaha, kumuryoza igikorwa yakoze cyangwa cyakozwe n’undi muntu cyangwa akekwaho kuba yarakoze, cyangwa kumukangisha cyangwa kumuhatira we ubwe cyangwa undi muntu, cyangwa kubera impamvu iyo ariyo yose ishingiye ku ivangura iryo ari ryo ryose.

    Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora icyaha cy’iyicarubozo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

    Amakuru Kigali Today yamenye ni uko abaturage bari bafashwe bugwate bagaragaye mu mashusho bakubitwa bajyanywe ku bitaro bya Murunda mu Karere ka Rutsiro ngo harebwe niba ibikorwa by’ihohoterwa bakorewe bitarabagizeho ingaruka.

    Unlawful, self-decided, and barbarian treatment on whoever, for whatsoever reasons, prior to (also including “after”) police intervention is totally unacceptable & punishable. RW is a country ruled by law, and the isolated case will be handled by RW Investigation Bureau fairly. pic.twitter.com/3LT3GPUxoR

    — Hudson Wang (@HudsonWang1) August 31, 2021

    source : https://ift.tt/3t2fvKO

  • Amashuri 85% azaba akoresha ikoranabuhanga muri 2024 – MINEDUC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

     Irere ahamya ko amashuri 85% azaba akoresha ikoranabuhanga muri 2024
    Irere ahamya ko amashuri 85% azaba akoresha ikoranabuhanga muri 2024

    Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Kanama 2021, mu kiganiro Ed Tech cyatambutse kuri KT Radio, ku nsanganyamatsiko igira iti “Kubona amakuru n’ubumenyi bibitse mu buryo bw’ikoranabuhanga rya mudasobwa”.

    Irere avuga ko kugira ngo ikoranabuhanga rigerweho, mu mwaka wa 2,000 ari bwo Leta yatangije urugendo rw’ikoranabuhanga, hari intego ko mu mwaka wa 2020 nibura abantu benshi bazaba babasha gukoresha ikoranabuhanga haba mu gutanga serivisi cyangwa kuzisaba.

    By’umwihariko mu burezi ubu ngo mu mashuri abanza arenga 4,000 ni ukuvuga 34.8% afite murandasi ndetse amenshi abanyeshuri bafite mudasobwa (One Laptop per Child).

    Na ho mu mashuri yisumbuye asanzwe 1,783 ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyingiro 365 yose ateranyije 52% afite murandasi, ni mu gihe kandi 797 afite icyumba cy’ikoranabuhanga (Smart Class rooms).

    Ati “Ni ukuvuga ishuri riba rifite imashini zigeze ku 100, bafite uburyo bigisha, aho babika amakuru cyangwa amasomo. Ariko ntiwavuga ikoranabuhanga mu burezi ngo uvuge imashini, murandasi, mudasobwa ngo wumve ngo birahagije ahubwo hari ikindi gice gikomeye, amakuru cyangwa amasomo, ibyigishwa (Data)”.

    Akomeza agira ati “Ese abarimu bawe bafite ubushobozi buhagije bwo kubasha gukura amasomo kuri murandasi bakayigisha, ese warabahuguye kugira ngo bagere kuri iyo ntego, ese abanyeshuri bo ntabwo bibagoye, biteguye kujyana n’izo mpinduka, ese dufite ibikoresho bihagije? Ibi byose biracyari mu mbogamizi ariko ntitwicaye dukomeza kubikora”.

    Irere avuga kandi ko mu kubikemura, bahugura abarimu hanyuma n’abanyeshuri bakagenda begerezwa uburyo bw’ibikoresho biborohereza kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Na ho mu mashuri makuru ho ngo bafite ibikoresho ku buryo bashobora kwiga no kwigisha hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Zimwe mu mbogamizi zituma kwigisha hifashishijwe ikoranabuhanga bitagerwaho neza ngo harimo ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi utagera mu mashuri yose cyane ayo mu cyaro, aha hakaba hasabwa uruhare rw’abikorera.

    Ikindi ni icy’abarimu bafite ubwo bumenyi bahagije n’ubwo bahugurwa buri mwaka. N’ubwo izo mbogamizi ariko ngo zihari, mu mwaka wa 2024 nibura 85% by’amashuri yose azaba afite uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga.

    Agira ati “Umubare navuze 34.8% mu mashuri abanza ni umubare ukiri hasi, haracyari umwanya uhagije kugira ngo abikorera baze binjiremo, bashobora kutazana imari yabo ariko bakareba ibyo bafatanya na Leta”.

    Akomeza agira ati “Mu mashuri yisumbuye 52% bafite murandasi, ni iki kibuza 48% basigaye kugira ngo babe bafite iryo koranabuhanga, icyakora nka Leta ibyo twiyemeje kugeraho n’ubwo hadasigaye igihe kinini ni uko mu mwaka wa 2024 tugomba kuba tugeze byibuze kuri 85% y’amashuri yose ugereranyije n’ayo tuzaba dufite icyo gihe, kuba afite iryo koranabuhanga”.

    source : https://ift.tt/3t2ftCG

  • Amateka ya Kapiteni Nsengiyumva Bernard waririmbye ‘Adela Mukasine’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kapiteni Nsengiyumva Bernard
    Kapiteni Nsengiyumva Bernard

    Amatsinda yaririmbyemo ni Les Copains na Umubano, by’umwihariko akaba yari n’umusirikare mu ngabo z’u Rwanda mbere ya 1994, ari na yo mpamvu yamenyekanye nka Kapiteni (Capitaine) ipeti yari afite mu gisirikare kugeza atabarutse mu 1984.

    Nyakwigendera Kapiteni Nsengiyumva Bernard, yasize umugore n’abana barimo Nsengiyumva Tumushime Gloria wa gatatu mu bana batandatu (abakobwa batatu n’abahungu batatu).

    Nsengiyumva Tumushime Gloria ni umwe mu bana ba Kapiteni Nsengiyumva Bernard
    Nsengiyumva Tumushime Gloria ni umwe mu bana ba Kapiteni Nsengiyumva Bernard

    Tumushime yatubereye umutumirwa mu kiganiro ‘Nyiringanzo’ kuri KT Radio hamwe na Bisangwa Nganji Benjamin, atuganirira birambuye kuri Kapiteni (Cpt) Nsengiyumva Bernard, anatubwira imvo n’imvano y’indirimbo ‘Adela Mukasine’, imwe mu zikunzwe cyane.

    Bikurikire muri iki kiganiro:

    source : https://ift.tt/3zBDof0

  • Video: Babiri bakurikiranyweho kunyereza imisoro bakoresheje EBM #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bakurikiranyweho kunyereza imisoro bakoresheje EBM
    Bakurikiranyweho kunyereza imisoro bakoresheje EBM

    Abo bagabo ni Nsengumukiza Patrick wo mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo hamwe n’uwo yita sebuja witwa Karangwa Benoît, umucuruzi ukorera mu Karere ka Nyarugenge bakaba beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Kanama 2021, kuri sitasiyo ya polisi ya Remera aho bakurikiranyweho kunyereza imisoro ya Leta.

    Uko beretswe itangazamakuru ni ko bose bemera icyaha, gusa ntibahuza kuko Nsengumukiza avuga ko yari umukozi wa Karangwa mu gihe Karangwa we abihakana akavuga ko na we yari umukiriya wa Nsengumukiza, kuko yamwiyambazaga kugira ngo amufashe kwishyura imisoro akoresheje inyemezabwishyu ya macye.

    Nsengumukiza Patrick wafunguye kompanyi zirenga eshatu z’ubucuruzi ariko mu buryo bw’uburiganya, avuga ko ibyangombwa yafungurijeho ibikorwa by’ubucuruzi birimo indangamuntu yabihabwagana na Karangwa, gusa ngo yabikoraga azi ko byemewe n’amategeko.

    Ati “Nakoraga akazi ko gufungura kampani (Company) z’ubucuruzi kuri Internet, ziri kumwe na EBM yazo, nabikoraga nzi ko ari akazi, abacuruzi bampaga nimero y’irangamuntu nkagenda nkabafungurira amakampani, zikazana na EBM zazo nkayabaha bakajya kuyakoreraho, uyu munsi kuba mpagaze hano ni uko namaze gufatwa, nkaba nari ngiye gufungura indi kampani y’umucuruzi turi kumwe ahangaha yari iya gatatu kuri we. Nabifunguraga nzi ko byemewe ari akazi, ariko nyuma namenye ko izo kampani zitajyaga zisora ahubwo zavagaho inyemezabwishyu zo kwiba Leta, ariko uyunguyu ni we wari boss wanjye nakoreraga”.

    Ibyo kuba umukoresha wa Nsengumukiza, Karangwa abyamaganira kure ahubwo akemera ko yagize uruhare mu gukoresha inyemezabwishyu z’impimbano, azikorewe na Nsengumukiza.

    Ati “Twamenyanye nk’umuntu w’umukiriya aza abaza ibiciro aho ncururiza, hanyuma ambwira ko acuruza yajya andanguza ibicuruzwa, ni bwo nyuma twaje kugenda tuganira aza kumbwira y’uko ashobora kumbonera inyemezabwishyu, ambwira ko ajya asagura akagira izo asigarana ushobora gukoresha ku buryo wayidekarara umusoro ukagabanuka, nta bundi buryo twigeze dukoranamo”.

    Akomeza agira ati “Twakoranye gutyo akaza akampa izo nyemezabwishyu twakoranye nk’ibihembwe bine sinibuka neza amafaranga, ariko ibyo ari byo byose ashobora kugera muri miliyoni 40 ariko hari izitaradekararwa zigihari kuko iki gihembwe ntikirarangira. Kuba yarampaye izo nyemezabwishyu ntabwo ari ukuvuga ko nakoranaga nawe ntabwo nari nsanzwe muzi namumenye gutyo”.

    Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko hari amategeko agenga uburyo abantu basora kandi uzabirengaho atazigera yihanganirwa.

    Ati “Ayo abaturage bakwiye ku yumva bakayubahiriza, abacuruzi bakayumva bakayubahiriza. Hari uburyo bwashyizweho bwo gusora bakwiye kuba babuzi, ariko umuntu uwo ari we wese uzarengera akarenga kuri ayo mategeko, Polisi ikabimenya izamufata kuko yicara ishakisha amakuru ikayashungura aho bibaye ngombwa ko ifata ibyemezo ikabifata”.

    Baramutse bahamwe n’icyaha bahanishwa itegeko No 026/2019 ryo kuwa 18 Nzeri 2019 rigena uburyo bw’isoresha mu ngingo yaryo ya 87, ritegeka ko bakatirwa igifungo kitari munsi y’imyaka 2 ariko kitarenze imyaka 5.

    Bikurikire muri iyi Video:

    source : https://ift.tt/3t3o5ZT